• IGICE CYA MBERE: INTANGIRIRO RUSANGE

    1.0. Intangiriro

    Kugira ngo abarezi b’inshuke bashobore gushyira mu bikorwa integanyanyigisho

    ishingiye ku bushobozi, hakenewe imfashanyigisho zinyuranye ziyiherekeza. Muri

    zo harimo igitabo cy’umurezi kibafasha gutegura no kwigisha abana b’inshuke ku

    buryo bwimbitse kandi buboneye.

    1.1. Impamvu y’iki gitabo

    Iki gitabo cyagenewe umurezi wigisha isomo ry’Ubugeni n’umuco mu mashuri

    y’inshuke mu mwaka wa mbere kugeza mu mwaka wa gatatu. Inyigisho ziri muri

    iki gitabo zitondetse uhereye mu mwaka wa mbere kugeza mu mwaka wa gatatu.

    Cyateguwe kandi hifashishijwe integanyanyigisho ishingiye ku bushobozi yateguwe

    mu mwaka wa 2015.

    1.2. Imiterere y’iki gitabo cy’Umurezi

    Iki gitabo cy’Umurezi kigizwe n’inyigisho esheshatu (6). Izo nyigisho ni izi zikurikira:

    • Inyigisho ya mbere: Gushushanya

    • Inyigisho ya kabiri: Kubaka

    • Inyigisho ya gatatu: Kubumba

    • Inyigisho ya kane: Ubukorikori

    • Inyigisho ya gatanu: Kuririmba no kubyina

    • Inyigisho ya gatandatu: Ibikoresho bya Muzika

    Izi nyigisho zigenda zigaruka muri buri mwaka ariko zigatandukanywa n’imitwe

    ndetse n’amasomo agize buri mutwe muri buri mwaka. N’ubwo muri iki gitabo

    cy’Umurezi wigisha mu mashuri y’inshuke, hari inyigisho, imitwe n’amasomo

    byanogejwe ku buryo usanga bitanditse kimwe n’ibiri mu nteganyanyigisho, ntacyo

    byangije ku byari biyiteganyijwemo; ahubwo byateguwe hagamijwe korohereza

    umurezi uburyo bw’imyigishirize myiza kandi inoze mu isomo ry’ubugeni n’umuco.

    1.3. Ibyo umurezi, umwana n’umubyeyi basabwa mu myigire

    n’imyigishirize y’isomo ry’ubugeni n’umuco


    1.3.1. Ibyo umurezi asabwa mu gihe yigisha isomo ry’ubugeni n’umuco

    Umurezi asabwa kwita kuri ibi bikurikira igihe yigisha isomo ry’ubugeni n’umuco;

    • Kuragwa n’urukundo n’urugwiro ku bana bose;

    • Gutegura neza aho abana bigira, ndetse n’aho bakinira;

    • Gutegura ibikoresho n’imfashanyigisho;

    • Kwita ku mutekano w’abana;

    • Kuyobora imikino n’ibikorwa by’abana;

    • Gufasha buri mwana kugera ku ntego no ku bushobozi ategerejweho;

    • Gutoza abana guhorana isuku aho bari hose;

    • Gutoza no gufasha abana kwandurura no gusubiza buri gikoresho

    cyakoreshejwe mu mwanya wacyo igihe igikorwa runaka kirangiye;

    • Guha buri mwana ubufasha akeneye

    • Gufasha abana bose kubaka no kuzamura ubushobozi bujyanye n’ikigero

    cyabo mu isomo ry’ubugeni n’umuco;

    • Gutahura abana bafite ibibazo bitandukanye no kubaha ubufasha buhagije

    kugira ngo bashobore kwiga isomo ry’ubugeni n’umuco nta mbogamizi.

    1.3.2. Ibyo umwana asabwa mu gihe yiga isomo ry’ubugeni n’umuco

    Igihe umwana yiga isomo ry’ubugeni n’umuco asabwa ibi bikurikira:

    • Gutega amatwi amabwiriza ahabwa n’umurezi;

    • Gukora ibikorwa byose bijyanye n’isomo ry’ubugeni n’umuco,

    • Gusobanurira abandi igihangano ke yakoze;

    • Gukorera hamwe na bagenzi be;

    • Gusaranganya na bagenzi be ibikoresho baba bahawe;

    • Gusobanuza umurezi cyangwa n’undi wese wamufasha ku byo adasobanukiwe;

    • Kwibwiriza gusukura aho yakoreye;

    • Kwibwiriza kwisukura ubwe;

    • Kwibwiriza kwandurura no gusubiza ibikoresho yakoresheje mu mwanya wabyo.

    1.3.3. Ibyo umubyeyi asabwa igihe akurikirana imyigire y’umwana mu

    isomo ry’ubugeni n’umuco

    Ababyeyi bagira uruhare rugaragara mu gufasha abana mu bikorwa bijyanye

    n’ubugeni n’umuco mu buryo bukurikira:

    • Gukundisha abana ibikorwa bijyanye n’ubugeni n’umuco;

    • Gushakira abana ibikoresho bikenerwa mu isomo ry’ubugeni n’umuco;

    • Guha umwana umwanya uhagije umutega amatwi;

    • Gufasha umwana gukora neza umukoro yahawe umwerekera uko uwo

    mukoro ukorwa;

    • Kuririmbira umwana;

    • Gushimira umwana ku byo yakoze;

    • Gutoza umwana kugira isuku aho ari hose

    • Gutoza umwana kugira no kurangwa n’ikinyabupfura

    • Gukundisha umwana isomo ry’ubugeni n’umuco.

    1.4. Imikoreshereze y’igitabo cy’umunyeshuri

    Umurezi igihe ari kwigisha isomo ry’ubugeni n’umuco ni byiza kureba ko buri

    mwana afite igitabo. Umurezi asabwa kureba mu gitabo cy’umunyeshuri aho isomo

    agiye kwigisha riherereye agasaba abana kurambura ku rupapuro ririho. Ibyo bi

    rinda umwana kurambura aho yishakiye hadafitanye isano n’isomo bagiye kwiga.

    Umurezi kandi abaza abana ibibazo bijyanye n’ibyo babona kuri urwo rupapuro.

    Igihe abana basubiza ibyo babona mu gitabo, byorohereza umurezi kwinjiza abana

    mu isomo kuko ibyo babona mu gitabo bifitanye isano n’igikorwa gisabwa kuri iryo

    somo.

    Nyuma y’uko abana bavuze ibyo babonye mu gitabo, umurezi aboneraho kubasaba

    gukora igikorwa gisa nk’icyo babonye mu gitabo. Ibyo bizaborohereza guhita bakora

    icyo gikorwa kuko bazaba barebera mu gitabo bafite. Mu igihe abana bakoresha

    ibitabo, babifashwamo n’umurezi ari nako abibutsa uburyo bwo kubifata neza.

    1.5. Kwita ku burezi bw’abana bafite ibyo bagenerwa byihariye mu myigire yabo

    Umurezi agomba kumenya abana bafite ibibazo byihariye ndetse n’impano

    zinyuranye kugira ngo ashobore kubitaho ku buryo bwihariye. Agomba kubashakira

    imikoro yihariye, kubabaza ibibazo byihariye ndetse no kubategurira ibikorwa

    byihariye kandi yitaye ku byo buri mwana akeneye mu myigire ye.

    1.6. Isuzumabushobozi

    Isuzumabushobozi ku isomo ry’ubugeni n’umuco ni igikorwa gikorwa n’umurezi

    hagamijwe kureba intambwe umwana agenda atera mu kubaka ubushobozi runaka

    burebana n’ubugeni. Iri suzumabushobozi rikorwa haba mu ntangiriro y’igikorwa

    cy’umwana, mu gihe k’igikorwa nyirizina cyangwa mu gusoza igikorwa. Iyo

    hakorwa isuzumabushobozi, umurezi yita kureba niba umwana ari kugera ku ntego

    z’igikorwa. Ibi abikora yitegereza uko umwana akora igikorwa, akamubaza ibibazo

    bijyanye n’ibyo ari gukora hagamijwe kumva uko umwana asobanura ibyo yakoze

    n’uko abihuza n’isomo yize.

    Isuzumabushobozi rikorwa kandi, umurezi areba ibyo umwana yakoze akabigereranya

    n’ibyo yakoze mu gihe cyashize, ari nako amusaba kugaragaza itandukaniro riri

    hagati y’ibyo amaze gukora, ibyo yakoze ndetse n’iby’abandi bakoze mu isomo

    ry’ubugeni n’umuco. Mu gusuzuma kandi, umurezi areba uko umwana yitabira

    igikorwa, umwete agikorana, uko agisobanura n’uko afatanya n’abandi.

    Umurezi agomba guha agaciro ibikorwa byose umwana yakoze niyo mpamvu kureba

    ireme n’ubwiza bw’ibyo umwana yakoze cyangwa yahanze ataricyo cyingenzi mu

    bugeni n’umuco, ahubwo gushima ibyo yakoze no kumugira inama yibyo yakora

    kugirango akore ibyiza kurenzaho ni cyo k’ingenzi.

    Ni byiza ko ibyo abana bakoze bishyirwa mu ishuri aho babireba bakaba

    babyifashisha mu mikino no mu mbyino, ibindi bikaba byashyirwa mu nguni

    z’ibikorwa zitandukanye.


    IGICE CYA KABIRI: IMYIGISHIRIZE YA BURI NYIGISHO