• 4 Ubuzima bw'imyororokere

     4.1. Tuboneze ubuzima bw’imyororokere

    good

    Abana bane biga mu Mujyi wa Kigali ari bo Sugi, Manzi, Mudahemuka na Sano, 
    umunsi umwe baganiriye ku buzima bw'imyororokere. 

    Bagiranye ikiganiro gikurikira:

    Manzi: Ese Sugi, kuki iwanyu bakwise Sugi?
    Sugi: Data yambwiye ko yarinyise kugira ngo nzabe 
                                 umukobwa w'imico myiza, uzahesha ishema ababyeyi.
    Mudahemuka: Nyamara buriya hari n'ikindi bivuze. Ubundi isugi ni 
                                   umukobwa utarigeze ukora imibonano mpuzabitsina. 
                                   Bishobora no kuba igisabo kitigeze gicundirwamo, 
                                    cyangwa igicuma kitarakoreshwa.

    Sugi: Umva Mudahemuka ibyo azanye! Iby'imibonano 

                                  mpuzabitsina urumva bitureba ko twe tukiri abana. 
    Mudahemuka: Nyamara biratureba. None se ntiwabonye ko no mu 
                                  bitabo bitandukanye babivugaho. Nge ababyeyi bange 
                                  barangije no kubinsobanurira kuko ngo tugomba 
                                   kubimenya hakiri kare kugira ngo tutazabigwamo 
                                   tutabizi. 
    Sano: Ibyo nange mama yabimbwiyeho. Ngo abakobwa 
                                    bageze mu kigero cy'ubwangavu n'abahungu bageze 
                                     mu kigero cy'ubugimbi baba bashobora gushukwa ku 
                                       buryo bworoshye. 
    Mudahemuka: Ni igihe cyo gukomera ku busugi ku bakobwa 
                                    n'ubumanzi ku bahungu. 
    Manzi: None se ni ukuvuga ko imanzi ari umuhungu na we 
                              utarigeze ukora imibonano mpuzabitsina?
    Mudahemuka: Yego nyine! Ubwo se ntiwari uzi icyo izina ryawe 
                                       risobanura?
    Manzi: Aho ho urabeshye rwose! Ubwo se ninkura nkashaka 
                            umugore nzareka kwitwa Manzi? Nge nzi ko imanzi 
                            ari umuntu w'intwari kandi ni cyo izina ryange rivuga.
    Mudahemuka: Ibyo na byo ni byo. Ariko umenye ko hari n'imanzi 
                               kera bacaga ku mubiri nk'imitako.
    Sano: Ariko ibyo byose wowe ubimenya ute Mudahemu?
    Mudahemuka: Nge rwose nganira n'ababyeyi bange kandi nkababaza 
    i                  bibazo byose numva ntasobanukiwe. Mama aherutse 
                        kubinsobanurira neza: Uzi ko hari abagore bakuze 
                           bashukashuka abahungu bamaze kuba ingimbi, 
                           bakabakoresha imibonano mpuzabitsina! Babashukisha 
                         amafaranga, terefoni n'ibindi bintu bihenze. 
    Sano: Ibyo rwose ni byo. Ngo hari abagabo bakuze usanga 
                     bihererana abakobwa b'abangavu, bakabakoresha 
    imibonano mpuzabitsina babashukishije ubusabusa. 
    Sugi: Ubwo se abahungu na bo barabashuka cyangwa ni bo 
                   bijyana yo?
    Mudahemuka: Umwana wese utarageza imyaka cumi n'umunani burya 
                   ntaba yakamenye kwifatira ikemezo. Uretse rero ko 

                    abakobwa bo bibagiraho ingaruka ku buryo bugaragara

    bagatwara inda, burya n'abahungu barahangirikira 
    kuko baba bishoye mu bintu bataremererwa bibangiza 
    mu mutwe bagata ishuri cyangwa bagahinduka 
    inzererezi.
    Sano: Nge rero ndumva twebwe abakobwa ari twe dufite 
    ibibazo bikomeye. Uzi gutwara inda ukiri umwana 
    muto sha?
    Sano: None se umwana wo mu wa gatanu yatwara inda?
    Sugi: Cyane rwose! Iyo umukobwa yatangiye kujya 
    mu mihango, aba ashobora gusama. Iyo akoze 
    imibonano mpuzabitsina idakingiye atwara inda 
    cyangwa akandura indwara zinyuranye.
    Sugi: Ubu ngiye kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyanshora 
    muri ibyo bintu. 
    Manzi: Nange rwose ibyo bintu nzabigendera kure. Nta 
    mpamvu yo kwiyicira ubuzima.
    Mudahemuka: Mufashe rwose imigambi myiza nge nari 
    nyisanganywe. 
    Sano: Nange rwose ibyo bintu nzabyirinda. Gusa tuge 
    tubibwira n'abandi na bo bafate ingamba zo 
    kubirwanya.
    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe 
    mu mwandiko.
    1. umwangavu, 2. isugi, 3.imanzi, 4.ingimbi, 
    Umwitozo w'inyungaramagambo
    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite 
    zigaragaza ko wumva icyo asobanura:
     a. Umwangavu
     b. Ingimbi
     2. Uzurisha amagambo ukuye mu dukubo interuro 
    zikurikira (agakingirizo, kuniga, ingimbi, umwangavu, 
    gusama).
    a. Uyu mukobwa amaze kuba ..................
     b. Yakoze imibonano mpuzabitsina akoresha .................. kuko 
    atifuzaga .................. inda.
     c. Umuhungu w' .................. atangira kumera inshakwaha, insya, 
    ubwanwa n'ubwoya ku maguru no kumaboko, no .................. 
    ijwi.
    B. Ibibazo ku mwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu 
    magambo yanyu bwite.
     1. Ni ba nde bavugwa mu mwandiko?
     2. Ni zihe ngaruka zishobora kugera ku mukobwa w'umwangavu 
    wishoye mu mibonano mpuzabitsina ?
     3. Ni ryari umunyeshuri wo mu wa gatanu yatwara inda?
     4. Ni zihe ngaruka zishobora kugera ku bahungu b'ingimbi 
    bishoye mu mibonano mpuzabitsina?
     5. Abanyeshuri bavugwa mu kiganiro bafashe ikihe kemezo?
    C. Gusesengura umwandiko
     1. Ni iki kivugwa muri iki kiganiro muri rusange?
     2. Garagaza isomo ukuye muri iki kiganiro.
    D. Kungurana ibitekerezo
     Ni ibihe byemezo wafata kugira ngo wirinde kwishora mu mibonano 
    mpuzabitsina ukiri muto?
    Ni ngombwa kwirinda ubusambanyi kuko harimo ingaruka 
    nyinshi zirimo gutwara inda, kwandura indwara, guta ishuri, 
    urupfu n'ibindi.
    - Kugira abandi inama mu bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere.

    - Gukoresha neza mu nteruro ziboneye amagambo nungutse.

    4.2. Uturemajambo tw’amazina rusange mbonera 
    arimo amategeko y’igenamajwi ajyanye 

    n’ingombajwi

    Itegereze amagambo aciyeho akarongo muri uyu 
    mwandiko ukurikira maze uyashakire: Intego, 
    indomo, indanganteko n'igicumbi.
    Nibura umukobwa agomba gutegereza kugeza ku myaka cumi n'umunani 
    kugira ngo abe yashobora kubyara. Ndetse amategeko y'Igihugu yo 
    ateganya ko agomba gushaka ku myaka makumyabiri n'umwe. Kubyara 
    mbere y'iyo myaka, bigira ingaruka zikomeye haba ku mubiri we ndetse 
    no mu mibereho ye, mu bukungu no mu mibanire ye n'abandi. 
    Mu gihe umukobwa ageze mu gihe cy'ubwangavu, aba akwiye 
    gusobanurirwa ibijyanye n'imihango, uburyo bwo kwisukura, n'uburyo 
    agomba kwitwara mu gihe ari mu mihango. Umukobwa agomba 
    gutegurirwa ibikoresho byabugenewe byo kwibindisha, nk'udutambaro
    dusukuye cyangwa kotegisi, amazi asukuye n'isabune byo kwisukura. 
    Uruhare rw'ababyeyi, urw'abarezi ndetse n'abo babana ruba rukenewe 
    mu gufasha umukobwa muri iki gihe. Bagomba kumusobanurira 
    ibizamubaho hakiri kare, bakamwumvisha neza ko ari ibintu bisanzwe 

    bibaho ku bakobwa bose bafite ubuzima butarimo ikibazo.

    good

    Gereranya intego n'imvugo maze ushake amategeko 
    y'igenamajwi yakoreshejwe.
    Kugira ngo umuntu agere ku mategeko y'igenamajwi agereranya intego 
    n'imvugo, maze akagerageza kuvumbura impamvu amajwi amwe n'amwe 
    yagiye ahinduka.
    Dore izindi ngero z'amazina, uturemajambo twayo, uko avugwa 

    n'amategeko y'iganamajwi akoreshwa.

    good

    Ikitonderwa
    Hari ibicumbi bifata ingombajwi "z" mu nteko ya 10 bitari biyisanganywe.
    Ingero:
    Urugi => inzugi
    Uruyuzi => inzuzi
    Urwabya =>inzabya
    Umwitozo
    Garagaza intego, imvugo n'amategeko y'igenamajwi yakoreshejwe mu 
    mazina akurikira:
    1. Inzuki
    2. Inzoga
    3. Udutebo
    4. Indango
    5. Imfizi
    6. Impuha
    7. Imvaho

    8. Imbogo

    Mfashe ko:

    Nshoboye:

    Ikitonderwa

    Hari ibicumbi bifata ingombajwi "z" mu nteko ya 10 bitari biyisanganywe.

    Ingero:

    Urugi => inzugi

    Uruyuzi => inzuzi

    Urwabya =>inzabya

    Umwitozo

    Garagaza intego, imvugo n'amategeko y'igenamajwi yakoreshejwe mu 

    mazina akurikira:

    1. Inzuki

    2. Inzoga

    3. Udutebo

    4. Indango

    5. Imfizi

    6. Impuha

    7. Imvaho

    8. Imbogo

    good

    good

    4.3. Twirinde abadushora mu mibonano mpuzabitsina

    good

    Kagabo ni umuhungu w'ingimbi ufite inshuti zo mu kigero ke ndetse 
    n'abandi bamurusha imyaka mike. Bakunze gukina agapira nimugoroba 
    iyo bakitse amasomo, cyangwa se bamaze kuvomera iwabo amazi. 
    Umunsi umwe batashye, bagenzi be bahereye ku biheri yari afite mu 
    maso, bamwumvisha ko bikizwa no gukora imibonano mpuzabitsina. 
    Icyo kintu Kagabo kimwanga mu nda, aribwira ati: " Nzashyirwa ari 
    uko mbajije data! "

    Umugoroba umwe, yegera se aho yari yicaye ari gusoma igitabo, ni ko 
    kumutekerereza ibyo bagenzi be bamubwiye bavuye gukina agapira. 
    Nuko se aramubwira ati: "Mwana wange rwose ndagushimira ko utamize 
    bunguri ibyo inshuti zawe zakubwiye ahubwo ukabanza gusobanuza. 
    Iki gihe ugezemo ni icyo kujya ubaza kugira ngo umenye. Ubu ntukiri 
    akana gato kandi nanone nturaba umuntu mukuru. None rero ntabwo 
    urageza igihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina. Uko ugenda ukura 

    rero, hari ibintu bigenda bihinduka mu mubiri wawe, birimo n'ibyo biheri 

    biza mu maso ku bantu bamwe na bamwe. Biterwa n'imisemburo iba 
    igenda yiyongera uko ukura. Akenshi birikiza ariko bibaye bikurya wajya 
    kwa muganga ukamugisha inama. Ndizera, mwana wange ko uzajya 
    ufata ibyemezo byiza. Mbere yo gufata ikemezo icyo ari cyo cyose, uge 
    ubanza wibaze uti: "Ese iki kemezo ni kiza ? Ese kirankwiye? Iki kibazo 
    kizajya kigufasha guhitamo neza."

    Gukora imibonano mpuzabitsina igihe kitaragera ni bibi haba ku 
    mukobwa cyangwa ku muhungu. N'iyo bitagira igikomere bigusigira 
    ku mubiri wawe, hari ingaruka mbi zindi bigusigira. Nihagira abashaka 
    kugushuka, ikemezo kiza wafata ni ukubabwira ko igihe cyawe kitaragera, 
    ko utiteguye gukora imibonano mpuzabitsina. Ugomba kwiyemeza 
    kubahakanira. Ni cyo kemezo kiruta ibindi, kandi ukabakangurira 
    gutekereza ku byemezo byabo na bo."

    Kagabo akomeza kubaza se ati: "Dawe, none se biremewe kugirana 
    ubucuti n'umukobwa mu gihe tutarakura?"

    Se aramusubiza ati : "Birashoboka rwose! Hari uburyo bwinshi bwo 
    kwereka umuntu ko umukunze. Reba nk'ababyeyi bawe cyangwa 
    inshuti. Urabakunda kandi ubitaho, si byo se? Ubereka urukundo mu 
    buryo bwinshi kandi butandukanye. Ushobora rwose kugirana ubucuti 
    n'umukobwa ndetse mukabukomeza ku buryo urukundo rwanyu rugenda 
    rukura rugashinga imizi. Niba umukobwa ukunda na we agukunda, 
    mushobora kugaragarizanya urukundo, bitanyuze mu gukora imibonano 
    mpuzabitsina. Mushobora kwandikirana inzandiko n'imivugo, kubwirana 
    udukuru n'amabanga, kuririmba n'ibindi. 

    Umenye rero ko ntawemerewe kubuza amahoro umukobwa amutesha 
    umutwe, cyangwa amushyiraho igitutu. Nta muntu wemerewe 
    gukorakora undi. Nta bwo byemewe guhatira umuhungu cyangwa 
    umukobwa gukora imibonano mpuzabitsina. Iyo ibyo bibaye, byitwa 
    ihohotera rishingiye ku gitsina. Guhohoterwa bibabaza buri wese.

    Sinarangiza ntongeye kugushimira kuba watekereje kungisha inama 
    nk'umubyeyi wawe. Ni byiza cyane. Abana rero baba abahungu cyangwa 
    abakobwa bakwiye kugufataho urugero maze bakajya bagisha inama 
    ababyeyi babo ku bijyanye n'imihindagurikire y'umubiri wabo. Bibaye 

    na ngombwa wabaza umwarimu wawe cyangwa undi muntu mukuru 

    ubona ko atagushuka. Ni bo bonyine bashobora kukugira inama nziza 
    zikurinda ibishuko ushobora guhura na byo."
    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko
    .

     1. Gukika amasomo
     2. Gushyirwa
     3. Kumira bunguri
     4. Imisemburo
     5. Gushinga imizi
     6. Kotsa umuntu igitutu
    Imyitozo y'inyunguramagambo

    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite. 
     a. Gukika amasomo
     b. Kumira bunguri
     c. Imisemburo
     d. Kotsa umuntu igitutu
    2. Uzuza izi nteruro zikurikira ukoresheje aya magambo ari 
    mu dukubo (ikemezo, urukundo, inzandiko, igitutu)
     1. Hari .............. zandikwa zikaba zifite agaciro gakomeye.
     2. Nafashe .............. cyo kwirengagiza .............. banshyiraho 
    bampatira gukora ibyo ntashaka.
     3. Iyo ufite .............. ukunda n'abanzi bawe.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Subiza ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yawe bwite mutandukuye interuro ziri mu mwandiko.

     1. Kugira ibiheri mu maso bisobanura ko ukeneye gukora 
    imibonano mpuzabitsina? None se biterwa n'iki? Ubirwaye 

    yabigenza ate?

    2. Ese ujya wereka urukundo ababyeyi, abavandimwe n'inshuti? 
    Ubigenza ute? 
     3. Umuhungu n'umukobwa bashobora kugirana ubucuti 
    butaganisha ku gukora imibonano mpuzabitsina? Babigenza 
    bate?
     4. Ese biroroshye gukora ibintu bitandukanye n'ibya bagenzi 
    bawe? 
     5. Ni iki cyagufasha gufata ibyemezo byawe bwite?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza neza ibibazo bikurikira
     1. Ni iki kivugwa muri rusange muri uyu mwandiko?
     2. Garagaza ingingo z'ingenzi zigize uyu mwandiko
    D. Kunguranaho ibitekerezo
     Ese wowe ujya ubaza ababyeyi bawe ku bijyanye 
    n'imihindagurikire y'umubiri wawe no ku bijyanye n'imikorere 
    y'imyanya ndangabitsina? Bwira abandi inama bakugiriye.
    Umukoro

     Kora inshamake y'ibyo mwunguranyeho ibitekerezo.

    good

    good

    4.4. Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    good

    Indwara zandurirwa mu mibonano mpuzabitsina ni indwara ziva ku 
    muntu uzirwaye zikajya ku wundi mu gihe k'imibonano mpuzabitsina. Izo 
    ndwara ziterwa n'udukoko duto twitwa virusi, bagiteri cyangwa indiririzi; 
    dukunda kwibera mu bice by'umubiri ahantu hashyuha kandi hahehereye, 
    nko mu myanya ndangagitsina y'umugore, cyangwa iy'umugabo.

    Udukoko twitwa virusi dushobora gutera indwara z'umwijima bita epatite 
    B (hepatite B) na SIDA. Bagiteri zigatera imitezi, mburugu, n'uburagaza 
    na ho indiririzi zigatera tirikomunansi n'izindi. Zimwe muri izi ndwara 
    nka SIDA, indwara z'umwijima na mburugu zishobora kwandurira kandi 
    mu zindi nzira zitari iz'imibonano mpuzabitsina nko mu nshinge zanduye 
    umuntu ashobora guterwa.

    Impuguke zishinzwe gukumira indwara zidakira mu Kigo k'Igihugu 
    Gishinzwe Ubuzima, zemeza ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bike 
    bya Afurika bikingira abana bavutse indwara z'umwijima.


    SIDA si yo yonyine ikomeye mu ndwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina, hari n'izindi nyinshi kandi mbi cyane. Uko umuntu yandura 
    izo ndwara ni ko byorohera agakoko gatera SIDA kwinjira bitewe 
    n'ibisebe biza mu gitsina.

    Bimwe mu bimenyetso biranga uwanduye indwara zifata imyanya 
    ndangagitsina ni ukuribwa kuri iyo myanya ku bagore, udusebe 
    cyangwa uduheri ku gitsina cy'umugabo cyangwa icy'umugore. Hari 
    kandi amashyira aturuka mu gitsina cy'umugabo, kokerwa igihe umuntu 
    yihagarika, kwishimagura, kuzana ubushye no guhinda umuriro. Abana 
    bavutse ku bantu banduye bene izo ndwara bakunze kugira amashyira 
    mu maso bakivuka. Ku bagore ho uburwayi buboneka cyanecyane mu 
    bubobere buba mu gitsina. Gusa, akenshi abagore hari n'igihe batamenya 
    ko banduye izo ndwara bakabibwirwa na muganga.

    Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zishobora kwirindwa, 
    mu gihe abantu bose bari mu kigero cyo gukora imibonano 
    mpuzabitsina bifashe bakareka ingeso y'ubusambanyi. Kwifata 
    byananiranye bakoresha agakingirizo.

    Umugabo n'umugore na bo bagomba kwirinda gucana inyuma. Igihe hari 
    ubonye kimwe mu bimenyetso byavuzwe agomba kwisuzumisha. Uwanduye 
    agomba kwivuza kare kandi bakivuza kwa muganga ubihugukiwemo.

    Iyo izi ndwara zivuwe neza kandi ku gihe zirakira kandi ni bwo buryo 
    bwo kurinda ko zikwirakwira. Iyo uzirwaye ativuje, zimunga umubiri 
    we zikangiza imyanya ndangagitsina ku mugabo no ku mugore, bikaba 
    byanavamo ubundi bumuga bwageza ku gucika igitsina cyangwa no 
    gupfa.

    Bana rero mwumvise ko indwara zandurira mu myanya ndangabitsina ari 
    nyinshi kandi zikagira ingaruka zikomeye ku buzima. Nyamara kuzirinda 
    birashoboka kandi biroroshye. Nimufate ingamba zikomeye rero kugira 
    ngo zitazabamungira ubuzima. 
    A. Inyunguramagambo
    Mushake ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe 
    mu mwandiko
    .
     1. Agakingirizo
     2. Guca inyuma uwo mwashakanye
    3. Kwisuzumisha

    Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite. 


     1. Agakingirizo 

     2. Guca inyuma uwo mwashakanye 
     3. Kwisuzumisha 
    Uzurisha amagambo ukuye mu dukubo interuro 
    zikurikira (ubushakashatsi, miriyoni, SIDA, igitsina)
    .

     1.. Buri munsi umuntu azigamye amafaranga igihumbi, mu minsi 
    igihumbi yaba afite ...............
     2. ............... ntiburavumbura umuti wa ............... ngo ikire burundu.
     3. Uburagaza bushobora gutuma ............... kivaho kigacika.
    Umukino wo gutahura amagambo
    Tahura muri iki kinyatuzu amagambo ugomba kuzurisha interuro 

    zikurikiyeho.

    good

    1. Si byiza guha ................ abanduye ................itera SIDA.
    2. Abantu banywa ibiyoga bitujuje ubuziranenge barangwa n.................
    3. Umuryango w'Abibumbye ari wo................mu magambo ahinnye
    y'Icyongereza uvuga ko ................ n'................ bakoze imibonano 
    mpuzabitsina baranduye indwara nka ................n'................bashobora 
    kubyara ................ banduye.
    4. ................ basabwa ................ ntibakore imibonano mpuzabitsina kuko 
    baba bakiri bato.
    5. ................ iba mu mazi kandi ifite agaciro kanini mu bukungu bw'u 
    Rwanda.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.

    1. Ni izihe ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zivugwa 
    mu mwandiko?
    2. Ni ibiki biranga uwanduye indwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina?
    3. Ese twakwirinda dute indwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina?
    4. Andika ingaruka zo kutivuza indwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina? 
    5. Ni uwuhe mwanzuro ufashe umaze gusoma uyu mwandiko?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza neza ibi bibazo
    a. Ni iki kivugwa muri rusange muri uyu mwandiko?
    b. Garagaza ingingo z'ingenzi zigize uyu mwandiko.
    D. Kungurana ibitekerezo:
    1. Ese ubona wakora iki mu gihe ushaka kutandura indwara 
    zandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi ushaka no kubyara 
    abana?
    2. Ni gute twahagarika ikwirakwizwa ry'indwara zandurira mu 

    mibonano mpuzabitsina?

    Umukoro:
     Kora inshamake y'ibyavuzwe n'amatsinda atandukanye ku ngingo 

    zunguranyweho ibitekerezo.

    Mfashe ko:
    Ari ngombwa kwirinda ubusambanyi kuko harimo ingaruka nyinshi 

    zirimo n'urupfu.

    Nshobora

    - Kugira abandi inama mu bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere.

    - Gukoresha neza mu nteruro ziboneye amagambo nungutse.

    4.5. Ubugimbi n’ubwangavu

    Burya nugira ibibazo uge wiyambaza ababyeyi bawe kuko badashobora 
    kukubeshya cyangwa kugira icyo bagukinga. Uge ubizera. Kurikirana 
    ikiganiro Mahungu yagiranye na se ku birebana n'ubugimbi n'ubwangavu 
    maze umbwire ko hari uwari kumurusha kubimusobanurira. Nta 
    cyo yamuhishe ahubwo n'ibyo atashoboraga gutinyuka kumubaza 

    yarabimusobanuriye.

    good

    Igitondo kimwe, Mahungu yarabyutse asanga ikabutura yararanye 
    kimwe n'imyanya ndangagitsina ye byatose. Arebye asanga ni ibintu 
    by'umweru bifashe kandi bitanuka nk'inkari. Bwari ubwa mbere ibyo 
    bintu bimubayeho, ku buryo yumvise bimuyobeye, akamara umunsi wose 
    ahangayitse, yibaza niba atarwaye.

    Ku mugoroba, Mahungu yegereye se, amubwira ibyamubayeho. Se 
    aramubwira ati:" Mwana wange ntugire ubwoba. Ibyo byakubayeho 
    nijoro byitwa kwiroteraho. Abahungu n'abagabo akenshi bibabaho 
    basinziriye. Birashoboka ko ubyuka ugasanga wiroteyeho. Rwose ibyo 
    ni ibintu bisanzwe, kandi nta cyo wabikoraho. Ntibiguhangayikishe rero, 
    ahubwo bitabaye ntiwaba uri muzima.

    Mbese ubu ugeze mu gihe kidasanzwe cy'ubuzima bwawe kitwa ubugimbi. 
    Ubugimbi ni igihe k'impinduka mu mubiri no mu bitekerezo. Bamwe 
    babutangira hagati y'imyaka cumi na cumi n'itanu, cyangwa mbere 
    y'aho gato, bukaba bushobora gukomeza kugeza ku myaka makumyabiri 
    n'umwe."

    Nuko yungamo ati:"Ubu ijwi ryawe rigiye kuzahinduka, umere 
    ubucakwaha, insya, ubwanwa, impwempwe ndetse n'ubwoya ku maguru 
    nkange! Ahubwo uzaba muremure, ugire ibigango, ndetse uge ubira 
    ibyuya byinshi."

    Uzajya unashyukwa rimwe na rimwe. Bigaragazwa n'uko igitsina 
    cyahagurutse kigakomera. Gushyukwa bishobora kuba nijoro cyangwa 
    ku manywa ndetse wumva wifuza gukora imibonano mpuzabitsina, ariko 
    uzabyirinde kuko utarageza igihe cyabyo. Iyo ibi bimenyetso bijyanye 
    n'ubugimbi byagaragaye rero, uba ushobora no gutera umukobwa 
    inda. Abahungu ntibavukana intanga, batangira kuzigira muri iki gihe 
    cy'ubugimbi bigakomeza ubuzima bwabo bwose. Ariko rero ubyumve 
    neza, kuba wabasha gutera umukobwa inda ntibivuga ko igihe kigeze 
    cyo gukora imibonano mpuzabitsina no gutera inda. Uzabanza ukure, 
    nyuma witegure kuba umubyeyi no kubaka urwawe rugo. Ni byiza ku 
    ngimbi nkawe kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina ugategereza 

    igihe uzabera umuntu mukuru wubatse urugo rwawe.

    Imihindagurikire y'umubiri ni ikintu gisanzwe mu mikurire ya buri muntu. 
    Ni ikimenyetso kerekana ko umubiri ukura kandi urimo guhinduka. Nta 
    mpungenge n'imwe bigomba kugutera. Ugomba ahubwo kugira ishema 
    ry'uko ukura neza haba ku mubiri haba no mubitekerezo!"

    "Kimwe n'abahungu, abakobwa na bo bagira mpinduka, iyo bavuye mu 
    bwana binjira mu bwangavu. Baba bitwa abangavu. Kimwe n'abahungu 
    na bo muri iki kigero barakura bakaba barebare, bakamera ubucakwaha, 
    amabere n'insya. Na bo bakunze kubira ibyuya kurenza ibisanzwe kandi 
    bakazana ibiheri mu maso.

    Aho batandukaniye n'abahungu rero, abakobwa bamera amabere, 
    ndetse bakagira amatako magari. Ikindi kandi bakajya mu mihango buri 
    kwezi, ari byo kuva amaraso mu myanya ndangagitsina. Ibyo bitangira 
    hagati y'imyaka ikenda na na cumi n'ine. Uko kuva amaraso kuba buri 
    kwezi ni byo bita kujya mu mihango, kandi bimara iminsi kuva kuri itatu 
    kugeza kuri itanu.

    Iyo umukobwa atangiye kubona imihango ni ikimenyetso cy'uko ashobora 
    gusama. Ariko n'ubwo ashobora gusama, umubiri we n'ibitekerezo 
    bye biba bitari byakura neza kugira ngo abe akwiye gutwita. Kimwe 
    n'abahungu, abakobwa na bo bakeneye kubanza gukura neza mu gihe 
    cy'ubwangavu bitegura kwinjira mu kiciro cy'abantu bakuru."

    "Kuvuga ni ugutaruka! Hari ikintu nabonye ku kigo cyanyu kiranshimisha 
    cyane, ku buryo n'ahandi hose ku bigo by'amashuri bikwiye kubabera 
    urugero. Uzi ko ku kigo cyanyu abahungu mufite ubwiherero bwanyu 
    n'abakobwa bakagira ubwabo. Nageze mu bw'abakobwa nsanga hari 
    akumba kagenewe abakobwa bari mu mihango ku buryo umwana 
    bitunguye ahasanga amazi n'amasabune byo kwisukura ndetse na 
    kotegisi (cotex) akoresha kugira ngo amaraso y'imihango atagaragara 
    ku myenda ye."

    Izi nama nkugiriye rero ntuzihererane ahubwo uge uganiriza bagenzi 
    bawe batarabimenya kandi mufatire hamwe imyanzuro ikwiye yo 
    kutishora mu mibonano mpuzabitsina kuko mutarageza igihe. Ahubwo 
    mwihatire kwiga kugira ngo mutegure neza ubuzima bwanyu bw'ejo 

    hazaza. 

    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko.

     1. Ubucakwaha 2. Insya
     3. Impwempwe 4. Ibigango
     5. Intanga 6. Kuvuga ni ugutaruka
     7. Nta mpungenge
    Imyitozo y'inyunguramagambo
    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite 
    zigaragaza ko wumva icyo asobanura:
     a. Ubucakwaha b. Insya
     c. Impwempwe d. Ibigango
     e. Intanga f. Kuvuga ni ugutaruka
    2. Tanga imbusane z'amagambo akurikira uyakuye mu 
    mwandiko
     a. Abahungu
     b. Mukuru
     c. Ku manywa
     d. Uguhangayika
    3. Tanga impuzanyito z'amagambo akurikira:
     a. Uguhangayika
     b. Abari
     c. Sifilisi
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko
    1. Iyo bavuze ubugimbi cyangwa ubwangavu, wumva iki?
     2. Ni kuyihe myaka umuhungu aba ingimbi na ho umukobwa 
    akaba umwangavu?
     3. Ni izihe mpinduka z'umubiri abahungu bagira iyo bageze mu 

    bugimbi? 

     4. Ese iyo umuhungu yiroteyeho cyangwa agize impinduka mu 
    mubiri, bisobanura ko ageze igihe cyo gukora imibonano 
    mpuzabitsina? Kuki?
     5. Ni izihe mpinduka z'umubiri abakobwa bagira iyo bageze mu 
    bwangavu?
     6. Ni uwuhe mwihariko ibigo bimwe bigenera abakobwa bajya 
    mu mihango? Ubivugaho iki?
     7. Wowe wumva watinyuka kubaza ababyeyi bawe ibyakubayeho 
    bijyanye n'imihindagurikire y'umubiri wawe? Kubera iki? 
     8. Ni iki wumva wungutse umaze gusoma uyu mwandiko?
     9. Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza neza ibi bibazo

     1. Vuga ingingo z'ingenzi zigize uyu mwandiko
     2. Garagaza isomo ukuye muri iyi nkuru.
    D. Kungurana ibitekerezo
    Tanga ibitekerezo kuri iyi ngingo
     1.Hakwiye gukorwa iki kugira ngo ingimbi n'abangavu 
    basobanukirwe imihindagurikire y'umubiri wabo?
     
    2.Musome inkuru zikurikira maze mwungurane ibitekerezo ku 

    bibazo:

    Uyu ni umwanya wakugenewe wowe munyeshuri kugira ngo urusheho 

    gusobanukirwa n'ibijyanye n'imibonano mpuzabitsina. Soma ibi bibazo 
    ingimbi n'abangavu bakunze kwibaza, wumve ko ubisobanukiwe. Niba 
    utabisobanukiwe ubaze umwarimu wawe cyangwa ababyeyi bawe.
     
    a. Karekezi ni mubyara wa Mahungu. Ubusanzwe akunda gukina 

    n'abandi bana. Umunsi umwe Mahungu yamubonye aho 
    gukina yicaye iruhande rw'ikibuga yigunze afite ibitekerezo 
    byinshi. Ni ko kumwegera aramubaza ati: "Bite shahu ko 
    ndeba nta kigenda?" Mubyara we ni ko kumubwira ati: 
    "Yewe, ibintu byaraye bimbayeho byanyobeye. Nabyutse, 

    nsanga agakabutura kange katose mbona n'ibindi bintu ntazi 

    byanyanduje. Sha ubanza narwaye ya mitezi bavuze!"
    Ikibazo: Wumva wafasha iki Karekezi kugira ngo ibyamubayeho 
    bitamutesha umutwe?
     b. Karara yatunguwe no kubona imihango bwa mbere ari ku 
    ishuri. Igihe cy'akaruhuko ko hagati y'amasomo kigeze atinya 
    gusohoka nk'abandi kuko yibwiraga ko kuba yanduje imyenda 
    ye abandi babibona bakamushungera, bikaba byamutera isoni 
    n'ikimwaro.Wamufasha ute gukemura ikibazo afite? 
    Ikibazo: Wafasha ute Karara gukemura ikibazo afite?
     3. Ese birasanzwe ko abahungu bamwe cyangwa abakobwa 
    bakura vuba kurusha abandi? 
     4. Kuki ibice bimwe by'umubiri bikura vuba kurenza ibindi? 
     5. Gushyukwa ni iki? 
     6. Ese amasohoro ashobora gusohokera rimwe n'inkari? 
     7. Gusiramura ni iki? 
     8. Ni gute wasukura imyanya ndangagitsina y'umuhungu? 
     9. Intanga ngabo ni iki? 
     10. Gutera inda bisaba iki? 

     11. Ni gute umuntu yakwirinda gutera inda?

    Mfashe ko:
    Ari ngombwa gusobanukirwa imikorere y'umubiri ku ngimbi n'abangavu; 

    maze ibyo badasobanukiwe bakabaza ababarera.

    Nshobora:
    Kugira abandi inama mu bijyanye n'imikorere y'umubiri ku ngimbi 
    n'abangavu.

    Gukoresha neza mu nteruro ziboneye amagambo nungutse.

    4.6. Isuku y’imyanya ndangagitsina

    good

    Abantu ntibakunze kuganira beruye ku bijyanye n'imyanya ndangagitsina 
    yabo, yemwe n'isuku yayo! Kandi nyamara ni ngombwa kumenya kugirira 
    isuku iyo myanya ku buryo bukwiye kuko ari ibintu byo kwitondera. 
    Imyanya ndangagitsina y'abagore n'abakobwa iteye ku buryo ivubura 
    ubwayo amatembabuzi ashinzwe kuyisukura n'udukoko dushinzwe 
    kurwanya utundi dukoko duturutse hanze dushobora gutera indwara. 
    Amatembabuzi yo mu myanya ndangagitsina y'abagore n'abakobwa 
    ubusanzwe nta mpumuro yihariye agira. 

    Akenshi abagore n'abakobwa bakunze gukoresha imibavu kugira ngo 
    birinde iyi mpumuro cyangwa se bagakaraba kenshi ndetse cyane. 
    Ubusanzwe umubiri wifitiye ubudahangarwa bwawo ariko umwanda 
    mwinshi ushobora kubwangiza.

    Ni byiza kwambara amakariso akoze mu ipamba kandi kumeswa 
    byibura buri munsi bishobotse mu mazi atetse. Mu gihe amaze kumeswa, 
    amakariso agomba kwanikwa ku zuba kandi mu gihe bishoboka agaterwa 
    ipasi mbere yo kwambarwa. Ni ngombwa kwitwararika ibi bikurikira: 
    Guhindura imyenda y'imbere igihe wanyagiwe cyangwa wabize ibyuya 
    byinshi, kwirinda kumesanya amakariso n'indi myenda, cyangwa gutora 

    amakariso hasi ugahita uyambara.

    Mu buryo bwo kwirinda uburwayi buterwa n'umwanda mu myanya 
    ndangagitsina gore, hari inama zikwiye kubahirizwa. Zimwe muri zo ni 
    izi zikurira. 

    Ni ngombwa kwirinda kwambara imyenda igufashe igihe kirekire kuko 
    bituma iyo myanya itutubikana hakaba hazamo impumuro mbi cyangwa 
    za mikorobe, Inama ya kabiri ni ukwirinda kwambarana n'abandi 
    imyenda y'imbere. Iya gatatu ni ugukaraba intoki mbere yo gukora mu 
    gitsina. Inama ya kane ni uguhanagura ubwiherero bwicarwaho n'umuti 
    wabigenewe cyangwa ushyireho agatambaro.
     

    Mu gihe uvuye kwituma, igihe wihanagura ni byiza kubikora uvana imbere 
    ujyana inyuma kugira ngo wirinde ko imyanda yo mu kibuno yajya mu 
    gitsina.

    Ni ngombwa kandi kugira umuco wo gusiga utanduje ubwiherero, kugira 
    ngo umuntu uza kubujyamo nyuma yawe atahagirira ibibazo
    Gukaraba mu gitsina buri kanya na byo si byiza, kuko bituma hata 
    ubudahangarwa bwaho: inshuro eshatu ku munsi ziba zihagije. Ni 
    ngombwa gukoresha amazi yonyine, bishobotse atetse kandi meza 
    atanduye kandi ukiyuhagira amasabune meza akoranywe ubuziranenge. 
    Mu gihe k'imihango, hindura udutambaro tw'isuku mu masaha 
    makumyabiri n'ane ukurikije uko uva.

    Abahungu n'abagabo bagirwa inama yo kwisiramuza kuko birinda za 
    mikorobe zakwitekera munsi y'igihu gitwikiriye umutwe w'igitsina cyabo. 
    Abadasiramuye basabwa korosoraho icyo gihu bagakaraba imbere neza 
    n'amazi meza, kuko hazamo imyanda iyo kitogejwe neza.

    Si byiza rero ko abantu birengagiza inama zirebana n'ubuzima. Ni 
    ngombwa kumenya ko kwirinda ari byiza kurusha kwivuza. Birakwiye 
    kurushaho kugirira isuku imyanya ndangagitsina no kubitoza abana, 

    kuko bibarinda indwara.

    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko
    .
     1. Ubushobozi kamere bw'umubiri
     2. Kuvubura
     3. Kwitwararika
     4. Kwambarana
     5. Imibavu
     6. Ubudahangarwa
    Umwitozo w'inyunguramagambo
    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite 
    zigaragaza ko wumva icyo asobanura:

     a. Ubushobozi kamere bw'umubiri
     b. Kuvubura
     c. Kwitwararika
     d. Kwambarana
     e. Imibavu
     f. Ubudahangarwa 
    2. Uzurisha amagambo akurikira mu nteruro zatanzwe: 
    umutungo kamere, kwitwararika, ivubura, ubudahangarwa.
     1. Igihugu cyacu gifite ............. mu butaka no mu mazi.
     2. Iyi soko ............. amazi meza.
     3. Tugomba ............. kugira ngo tudakomeretsa abahuye 
    n'ihohoterwa.
     4. Umubiri winjiwemo na virusi itera Sida utakaza .............bwawo.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko.
     1. Ari igitsina gore n'igitsina gabo ni ikihe gikwiriye kugirirwa 
    isuku cyane? Sobanura igisubizo cyawe.
     2. Isuku y'igitsina gabo ikorwa ite?
     3. Kuki ari ngombwa gukaraba intoki mbere yo gukora ku 

    gitsina?

    4. Sobanura ukuntu kwirinda biruta kwivuza?
     5. Ni ibihe bikoresho by'ingenzi byifashishwa mu isuku y'imyanya 
    ndangagitsina gore?
     6. Hari inama zirenga icumi zivugwa mu mwandiko ku isuku 
    y'imyanya ndangagitsina: tangamo nibura eshanu. 
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza ibibazo bikurikira
     1. Bwira umuntu utagirira isuku imyanya ndangagitsina ye 
    ingaruka zabyo.
     2. Garagaza isomo ukuye muri uyu mwandiko.
    D. Kungurana ibitekerezo
    Tanga ibitekerezo kuri iyi ngingo

     Bwira abandi ingaruka zo kutagirira isuku imyanya ndangabitsina.

    Mfashe ko:
    Ari ngombwa kugira isuku y'imyanya ndangagitsina kuko biturinda 

    indwara nyinshi.

    Nshobora
    Kugira abandi inama mu bijyanye n'isuku y'imyanya ndangagitsina 

    Gukoresha neza mu nteruro ziboneye amagambo nungutse.

    4.7. Ntera

    Soma aka gace k'umwandiko maze usubize ibibazo 
    byabajijjweho.

    Tugomba guharanira ubuzima bwiza bw'imyororokere kugira ngo tugire 
    amagara mazima. Kugira ngo ibyo tubigereho tugomba kunywa amazi 

    meza. Imisarane twitumamo igomba kuba ari miremire kandi igahora 

    ikorerwa isuku. Imyenda twambara ikwiye kuba ari mishyashya
    itarambawe n'abandi cyanecyane iy'imbere nk'amakariso. Icyumba 
    turaramo kigomba kuba ari kigari kandi gisukuye.
    Mumenye rero ko indwara nyinshi ahanini ziterwa n'amazi mabi maze 
    muharanire kuzirinda.
    Ibibazo byo gusubiza:
    1. Amagambo yanditse atsindagiye ni ayahe? Yandike.
    2. Ukurikije ibisobanuro byayo muri rusange urumva avuga iki?
    3. Aya magambo afite uwuhe mumaro ku magambo ajyana na yo?
    4. Aya magambo mwayita iki muhereye ku bisubizo mumaze kubona? 
    5. Musabwe gutanga igisobanuro k'izina muhaye aya magambo, 
    mwayasobanura ngo iki?
    6. Musesenguye aya magambo, mwabona agizwe n'utuhe turemajambo?
    1. Inshoza
    Ntera ni ijambo rigaragira izina rikisanisha na ryo, rigafata 
    indanganteko yaryo ho indangasano.
    Mu rwego rw'iyigantego, ntera ni ijambo rirangwa n'uturemajambo 
    tubiri ari two: Indangasano n'igicumbi.
    2. Uturango
    - Ntera yisanisha n'izina biri kumwe.
    - Ifata indanganteko yaryo ikaba ari yo iba indangasano yayo. 
    Haba amagambo agira indanganteko yihishe. Iyo ntera iyakurikiye 
    irayigaragaza (Imana nzima; ishyamba rigari). 
    - Mu nteruro ntera yisanisha n'izina igaragiye, igahuza inteko na ryo.
    - Ntera ishobora kwinjira mu nteko zose z'amasano. 
    Intego ya ntera
    Muri izi nteruro nimwitegereze noneho imiterere ya ntera zirimo 

    n'uburyo zagiye zihinduka maze musubize ibibazo bikurikiraho:

    1. Umwenda mwiza ugira amabara meza n'indodo nshyashya.
    2. Ahantu heza ni ahari akuka keza n'ikirere kiza kidakonja bikabije 
    cyangwa ngo gishyuhe bikabije.
    Musubize ibibazo bikurikira:
    1. Muri izi nteruro ntera zirimo ni izihe?
    2. Izo ntera uzigereranyije n'amazina, ubona zibura zifite inyuguti 
    izitangira kimwe n'amazina ? Niba ari oya ubona akaremajambo 
    zibura ari akahe ?
    3. Ni ikihe gice cyagiye gihinduka bitewe n'izina ntera 
     iherekeje? Icyo gice twakita ngo iki, tugereranyije n'igice kitwara nka 
    cyo mu mazina ?
    4. Ni ikihe gice kitagiye gihinduka ku mazina yose ntera yagaragiye?
    5. Ni iyihe myanzuro mwafata muhereye ku bisubizo mumaze gutanga?
    3. Uturemajambo twa ntera
    Ntera igira uturemajambo tubiri tw'ingenzi: indangasano (RS) 
    n'igicumbi (C).
    Igice gihinduka ni indangasano naho ikidahinduka ni igicumbi.
    Indangasano
    Indangasano ya ntera isa n'indanganteko y'izina igaragiye. Ihinduka 
    bitewe n'izina iherekeje.
    Igicumbi

    Urutonde rw’ibicumbi bya ntera

    good


    Ikitonderwa
    Igicumbi –re na –to byisubiramo ku buryo bifata indangasano ebyiri.
    Ingero: -igihe kirekire (ki-re-ki-re)
    -Igihugu gitogito (ki-to-ki-to)
    Ibicumbi -gufi, -ke, -to bishobora kwiyongeraho-ya
    Ingero: Umuntu mugufiya, amagambo makeya
    Igicumbi -niya gishobora kugira impindurantego nyinshi.
    Ingero: nuya, niniya, nzunyu, nzinya, nzuzunya, nunuya, niniriya, nziginya, 
    nzugurunyu...
    Ibicumbi -shya, -to bishobora kwisubiramo
    Ingero: umwenda mushyashya, igiti gitoto.
    4. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa muri ntera
    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa muri ntera ni nk’akoreshwa mu izina
    .
    Ingero

    - Ubutunzi bwiza: bu-iza :uĺw/-J
    - Intera ndende: n-re-n-re: rĺd/n-
    - Imyaka myinshi: mi-inshi: iĺy/-J 

    5. Imbonerahamwe igaragaza imikoreshereze ya ntera, intego, 

    amategeko y’igenamajwi mu nteko zitandukanye.

    good

    good

    Tahura ntera zakoreshejwe muri uyu mwandiko uzishyire mu 
    mbonerahamwe, uvuge n'inteko zirimo.
    Muri iyi si nini kandi nziza dutuye, harimo ibintu byinshi kandi bidushimisha.
    Ubuzima ubwabwo ni bwiza iyo ufite amagara mazima. 
    Tubugiramo iminsi mikuru itunezeza.
    Iyo tugeze mu mpera z'umwaka, intashyo zo kwifurizanya umwaka 
    mushya muhire ziracicikana. Muri izo ntashyo kandi bifurizanya kugira 
    ubuzima burebure, n'amahoro.

    Muri icyo gihe k'impera z'umwaka, abana bato n'abantu bakuru baba 
    bambaye imyenda mishyashya kandi barangwa n'ibyishimo.
    Isi kandi iriho ibiti bitoshye n'ibyatsi bibisi bihumeka umwuka mubi 
    dusohora ariko bigasohora umwuka mwiza dukeneye. Iriho amazi 

    magari arimo amafi atandukanye arimo udufi tunzinya kandi tugufi 

    tungana n'agatoki n'andi manini angana n'inzu. Ayo mafi aryoha cyane 
    iyo afashwe akiri mataraga.
    Nyamara mu bintu byiza byose tubona kuri iyi si, nta kintu kiruta kwiga 
    ukamenya.
    
    Mfashe ko:
    Ntera ari ijambo rigaragira izina kandi rikisanisha naryo. Ikaba igira 
    uturemajambo tubiri aritwo: Indangasano (RS), n'igicumbi (C).
    Indangasano ya ntera isa n'indanganteko y'izina igaragiye. Ihinduka 
    bitewe n'izina iherekeje.
    Igicumbi ari igice cya ntera kidahinduka na rimwe akaba ari na cyo 
    kibumbatiye igisobanuro cyayo.

    Nhoboye
    – Gukoresha ntera mu nteruro
    – Gusesengura ntera ngaragaza uturemajambo twayo 

       n'amategeko y'igenamajwi.

    4.8 Izina ntera

    Soma izi nteruro maze utahure imiterere n'umumaro 

    by'amagambo yanditse atsindagiye.

    1. Umwiza arahenda, umwiza sinamurenganya.
    2. Akeza karigura.
    3. Aheza ho gutura ni ahatari mu gishanga kandi ntihabe ku musozi 
    uhanamye. 

    4. Ababi bazahanwa, abeza bahembwe.

    Mu matsinda musubize ibi bibazo:
    a. Aya magambo yanditse atsindagiye afite uwuhe mumaro?
    b. Aya magambo yanditse atsindagiye yashobora kubangikana 
    n'amazina akayagaragira?
    c. Ibicumbi byayo biteye nk'iby'ayahe magambo twize?
    1. Inshoza y'izinantera
    Izina ntera ni ijambo riteye nk'izina ku ruhande rumwe ku rundi 
    rikitwara nka ntera.
    Ku ruhande rumwe, risa n'izina kuko rigira indomo kimwe n'izina; kandi 
    rikaba rishobora gufata umwanya n'umumaro waryo mu nteruro.
    Urugero:
    Aheza tuzahurirayo.
    Ku rundi ruhande risa na ntera kuko rifite igicumbi gisa n'icya ntera, 
    mbese ugasanga ari ntera yafashe indomo. Nyamara bitandukanywa 
    n'uko ritagaragira izina ngo ririsobanure, ahubwo rikarisimbura.
    Urugero:
    Tuvuze ngo "Ahantu aheza tuzahurirayo" iyo nteruro yaba ikocamye.
    2. Uturango tw'izinantera
    .Izina ntera ku ruhande rumwe ryitwara nk'izina ku rundi rikitwara 
    nka ntera.
    Ryitwara nk'izina kuko: rigira indomo.
    Ryitwara nka ntera kuko:
    rigira igicumbi gisa n'icya ntera.
    Ingero: abeza, abenshi, abahire
    . ryisanisha mu nteko zitandukanye.

    Ingero: umwiza, abeza, urwiza, ikiza, inziza, aheza,

    Umwitozo
    Vuga niba ijambo ryanditse ritsindagiye ari izina, ntera 
    cyangwa izinantera ukurikije ibibiranga maze unasobanure 
    impamvu y'icyo wahisemo.

    Iyo abageni bashyingiranywe ababagaragiye bose babifuriza urugo 
    ruhire, bakabifuriza ishya n'ihirwe no kubyara bagaheka.
    Uruhire rugaragazwa n'urukundo rutagatifu ruranga abashakanye, 
    abana bakarerwa neza, bagakurana ubuntu n'ubuziranenge. Urubi
    rurangwa n'intonganya n'umwiryane, induru z'urudaca, n'uburere bubi
    ku bana.
    Uburere bubi n'ubwiza ni byo bituma mu bana habonekamo abeza
    cyangwa ababi, naho ubundi abana bose baba bameze kimwe mu ivuka. 
    Kera rero bacaga umugani ngo "urushako ruto rurica" cyangwa ngo 
    "ubuto buroshya bugashukana". Muzirinde rero kwihutira gushaka 
    mukiri bato, mubanze mutegereze imyaka y'ubukure, mwige muminuze.

    Izo ni zo nama nziza mbahaye, imbi muzazigendere kure. 

    Mfashe ko:
    Izina ntera ari ntera yafashe indomo bityo ikaba yitwara nk"izina 

    cyangwa nka ntera ku rundi ruhande.

    Nshoboye

    – Gukoresha izina izina ntera mu nteruro.

    4.9. Igisantera

    Nimusome izi nteruro maze mutahure imiterere 

    n'umumaro by'amagambo yanditse atsindagiye.

    1. Imyanya ndangagitsina.
    2. Imibonano mpuzabitsina.
    3. Umuco nyarwanda nimuwukomeze.
    4. Umugabo mbwa aseka imbohe.
    5. Umutima muhanano ntiwuzura igituza. 
    6. Uburere mboneragihugu.
    7. Imikino mpuzamahanga.
    1. Inshoza y'igisantera
    Igisantera ni ijambo rigaragira izina rikarivugaho imiterere, imimerere 
    kimwe na ntera ariko rikaba ridafite igicumbi cya ntera kandi rikaba 

    n'abanyamahanga, kuko bagikomeye ku ndangagaciro zabo, bakaba 

    badapfa kwakira imico mvamahanga ituma umuco karande wabo 
    wangirika.
     Ibyo bizakomeza kwitabwaho abana nibakomeza guhabwa uburere 
    mboneramuco, abakuru bagahabwa inyigisho mbonezamubano zo 
    kubahugura.
     Gusa uko byagenda kose, Abanyarwanda ntibakumira imico 
    itandukanye mvamahanga ngo bikunde, kubera ko ubuhahirane 
    mpuzamahanga bugenda butera imbere. Bahurira na bo mu mikino 
    ngororamubi, mu myidagaduro n'ibitaramo ndangamuco, kandi ni 
    ho isi igeze.
     Icya ngombwa ni uko bagomba kumenya kwakira ibyiza, ibibi 
    bakabirekera bene byo. 
    2. Tanga izindi nteruro ukoreshemo ibisantera nibura icumi.
    ritisanisha igihe cyose n'izina biri kumwe.
    Ingero:
    Tuvuga: Umuco nyarwanda; ntituvuga: Umuco munyarwanda
    Ariko dushobora kuvuga: Amazi masabano, tukongera tukavuga: 
    Ikibindi gisabano.
    2. Uturango tw'ibisantera
     Uturango duhuza ibisantera na ntera
     Ibisantera byitwara nka ntera kuko biherekeza amazina.
     Bifite umumaro nk'uwa ntera wo gusobanura amazina bigaragiye.
     Bitandukanywa na ntera n'uko ibicumbi byabyo atari bimwe n'ibya 
    ntera.
     Uturango dutandukanya ibisantera na ntera.
     Ibicumbi by'ibisantera bitandukanye n'ibya ntera.
     Ibisantera ntibishobora kwisanisha n'amazina bigaragiye mu nteko 
    zose kimwe na ntera.

    Imyitozo:

    1. Garagaza ibisantera biri muri aka kandiko uhereye ku 
    turango twabyo.
     Umuco mwiza uranga Abanyarwanda ugaragarira mu ndirimbo 

    n'imbyino gakondo. Umuco nyarwanda uri mu mico ishimwa 

    n'abanyamahanga, kuko bagikomeye ku ndangagaciro zabo, bakaba 
    badapfa kwakira imico mvamahanga ituma umuco karande wabo 
    wangirika.
     Ibyo bizakomeza kwitabwaho abana nibakomeza guhabwa uburere 
    mboneramuco, abakuru bagahabwa inyigisho mbonezamubano zo 
    kubahugura.
     Gusa uko byagenda kose, Abanyarwanda ntibakumira imico 
    itandukanye mvamahanga ngo bikunde, kubera ko ubuhahirane 
    mpuzamahanga bugenda butera imbere. Bahurira na bo mu mikino 
    ngororamubi, mu myidagaduro n'ibitaramo ndangamuco, kandi ni 
    ho isi igeze.
     Icya ngombwa ni uko bagomba kumenya kwakira ibyiza, ibibi 
    bakabirekera bene byo. 

    2. Tanga izindi nteruro ukoreshemo ibisantera nibura icumi.

    Mfashe ko:
    gisantera ari ijambo ryitwara kandi rikagira umumaro nk'uwa ntera 
    ariko ntigire ibicumbi bya ntera kandi ntiyisanishe n'izina igihe cyose.
    Nshoboye

    Gukoresha igisantera mu mvugo no mu nyandiko.

    Iwacu imuhira i Huye dukunda gukina hamwe n'abana duturanye. Hari 
    igihe dukina umukino wo kumenya ibyerekezo vuba. Uyobora umukino 
    agenda avuga ibyerekezo bitandukanye agira ati:" Iburyo, ibumoso, 
    imbere, inyuma." Ugiye mu kerekezo gitandukanye n'icyo yavuze 
    aba atsinzwe. Nagiye i Nyamasheke nsanga na bo bakina nkatwe. 

    Ese namwe iwanyu iheru iyo mu majyaruguru iyi mikino irahaba? 

    Ndifuza gutemberera ahantu hatandukanye mu Rwanda rwacu nkareba 
    uko abana baho bakina. Nzajya i Rwamagana, i Byumba, i Karongi, i
    Nyagatare, i Rubavu, n' i Kigali mu murwa mukuru.
    Ariko nimbasura iyo iwanyu nkarara, muzamenye ko nikundira 
    kuryama ivure kuko nitinyira imbeho. Kandi bambwiye ko aho mu mu 
    majyaruguru hakonja.
    Nzabasura rero dukine dusabane.
    Amagambo aranga ahantu (imuhira, iheru, iburyo, ibumoso, ivure, 
    ikambere, imbere, inyuma) n'amagamabo akomoka kuri "i" y'indangahantu 
    ikurikiwe n'ikigenera "wa" n'ikinyazina ngenga (iwacu, iwanyu, iwabo...) 
    yandikwa mu ijambo rimwe. Ariko iyo "i" y'indangahantu ikurikiwe 
    n'izina ry'ahantu yandikwa itandukanye n'iryo zina kandi yo ikandikwa 
    mu nyuguti nto keretse iyo itangira interuro. 
    Ingero: i Butare, i Kigali, i Kibungo.
    Umwitozo 
    Andika aka gace k'umwandiko ukosora amakosa y'imyandikire 
    arimo

    [...] Bahaguruka kuKamonyi, bataha kuKakiru. Bukeye baboneza 
    iy'IGisaka barara I Rwamagana, bucya bajya I Mukiza kwa Kimenyi. 
    Bagezeyo babwira Kimenyi, bati: "Ndabarasa yadutumye ngo: 
    Wamutumyeho umuntu w'umukogoto muzarushanwa kumasha, none 
    twamuzanye."
    Kimenyi ati: "Nimunyereke uwo mwazanye!" Babwira Kazenga 
    arahaguruka, yari akiri agasore k'ingaragu. Kimenyi amukubise amaso 
    aramusuzugura, ati: "Uru ruhinja ni rwo rwaje kurushanwa na Kimenyi!"
    Intumwa za Ndabarasa, ziti: "Ni uwo, ahasigaye tubwire igihe tuzahurira 
    mukarushanwa."
    Kimenyi, ati: "Umusibo n' ejo, ejo bundi nkamusezerera mukitahira."

    Nuko Abanyarwanda barikubura basubira mu i cumbi rya bo [.....]Mfashe ko:
    Amagambo aranga ahantu n'amagambo akomoka kuri "i"
    y'indangahantu ikurikirwa n'ingenera "wa" n'ikinyazina ngenga 
    yandikwa mu ijambo rimwe. 
    Nshoboye:

    Gukoresha neza amagambo aranga ahantu mu nteruro.

    Isuzuma risoza umutwe wa kane
     Umwandiko: Kwirinda abadushora mu mibonano mpuzabitsina.
    Iyo uganiriye n'urubyiruko ku bijyanye n'ingaruka ziterwa no gukora 
    imibonano mpuzabitsina, abenshi basubiza ko ingaruka ari ukwandura 
    indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina no guterwa inda ku 
    bakobwa.

    Nyamara abenshi ntibamenya ingaruka zijyanye n'ibyiyumvo, nko 
    kumva wisuzuguye, cyangwa kumva wanze ubuzima nk'uko bikunze 
    kugendekera abenshi mu bakoze imibonano mpuzabitsina batiteguye 
    cyangwa igihe kitaragera.

    Hari rwose n'abahindura imyitwarire, bagatangira gusuzugura 
    ababyeyi n'abarezi babo. Bagahinduka inzererezi, kwiga bikabananira. 
    Bagatangira kurangwa n'imyambarire idahwitse, no kurara aho 
    babonye.

    Nyamara urubyiruko rumenye izo ngaruka, rwafata ingamba zo 
    kwirinda imibonano mpuzabitsina igihe kitaragera. Burya n'iyo 
    hatabayeho guterwa inda cyangwa kwandura indwara zandurira 
    mu myanya ndangabitsina, bisigira ibikomere biremereye ubikoze, 
    ugasanga ubuzima buramunaniye, agata ishuri cyangwa agashaka 
    imburagihe. 

    Gutwara inda bituma ubuzima buhinduka. Kwandura indwara 
    zandurira mu mibonano mpuzabitsina byo bituma imibereho iba mibi, 

    ndetse n'ubuzima bukaba bwahatakarira.

    Gukoresha agakingirizo n'ubwo birinda ibyo byombi, ntibirinda 
    ingaruka zo mu rwego rw'ibyiyumvo. Izo ngaruka zirimo izo kumva 
    ufite ikimwaro mu bandi, kwiyanga, ndetse no kuraruka. Hari 
    n'indwara zishobora kwandurira ku ruhu, aho agakingirizo katagera, 
    nka candidoze.

    Gukora imibonano mpuzabitsina ntibigarukira ku bitsina gusa no ku 
    mubiri. Ahubwo byinjira mu byiyumvo, mu bwonko, mu bitekerezo, 
    ndetse no mu myitwarire. Mbese umubiri n'ubuzima bwose bugerwaho 
    n'icyo gikorwa. Ni yo mpamvu n'ingaruka zitagarukira ku mubiri gusa, 
    ahubwo zigera no mu mitekerereze no mu byemezo tugenda dufata 
    nyuma yaho.

    Ni yo mpamvu ari ngombwa ko tuganira ku bijyanye n'imibonano 
    mpuzabitsina, abantu bakamenya ingaruka zayo ku muntu uyishoyemo igihe 
    kitaragera.

    Abenshi muri mwe ntibarumva ibijyanye n'imibonano mpuzabitsina. 
    Ababyeyi banyu wenda ntibarabibabwira. Hari ibitangazamakuru 
    na za firimi zimwe na zimwe usanga akenshi bibigaragaza nk'aho ari 
    ibintu byiza.

    Nyamara ntihagire ubashuka. Ibyo mwigishwa n'umwarimu mu 
    ishuri cyangwa ababyeyi banyu cyangwa abandi babarera ni byo 
    kuri. Kwigisha abana ko bagomba kwirinda bakoresheje agakingirizo 
    cyangwa bagakoresha imiti ibuza gusama na byo ni amaburakindi. 
    Impamvu ni uko ibyo ngibyo bitabarinda kwangirika mu byiyumvo, 
    mu mitekerereze no mu myitwarire. 

    Guhora yicuza icyo yabikoreye, kumva afite ikimwaro, guhindura 
    imyitwarire, kurarukira iyo mibonano ntiyongere kwitangira, ni zimwe 
    mu ngaruka zitari izo ku mubiri zigaragara mu bana bato bishoye mu 
    mibonano mpuzanbitsina.

    Ikintu cya mbere ugomba gukora rero waba umukobwa cyangwa 
    umuhungu ni ukwanga. Iyo uhakanye, ugomba no kubyerekana, wiyaka 

    ushaka kugushuka, ukamubwira ko bidashoboka. 

    Ikigaragara ni uko abenshi babivuga, badashikamye. Ntabwo 
    ukwiye gushidikanya rero iyo wanga. Abashobora kugushora 
    mu mibonano mpuzabitsina barimo abantu bakuze bagushukisha 
    impano n'amafaranga. Barimo inshuti zawe zishobora kugushuka 
    baba abo muhuje igitsina bakwigisha ibibi cyangwa abo mudahuje 
    igitsina bagushukisha urukundo rutariho. Ikindi ni ukureba firime 
    zigaragaramo imibonano mpuzabitsina, uba witera ibishuko bitari 
    ngombwa. 
    Bana rero ntimukajenjeke kuri iyo ngingo kandi ntimuzihemukire 
    na gato.
    I. Inyunguramagambo
     1. Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu mwandiko.

     a. Kuraruka b. Amaburakindi
     c. Badashikamye d. Ntimuzajenjeke
     e. Gushaka imburagihe.
     2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro ziboneye 
    wihimbiye. 

     a Kuraruka b Kwangirika mu myitwarire
     c Amaburakindi d Gushikama
     e Ntimuzajenjeke
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko. 
     Subiza ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yawe bwite, utandukuye interuro ziri mu mwandiko uko 
    zakabaye.

     1. Wowe wumva ingaruka ziterwa no gukora imibonano 
    mpuzabitsina ari izihe?
     2. Ingaruka zijyanye n'ibyiyumvo, imitekerereze n'imyitwarire 
    ku muntu wakoze imibonano mpuzabitsina igihe kitaragera 
    zigaragazwa n'iki?
     3. Ababyeyi bawe bari bakubwira ibijyanye n'ubuzima bwawe 

    bw'imyororokere n'uko ugomba kubwitwaramo? Niba ari oya, 

    wowe uzabibazaho ryari ko ukeneye kubimenya?
     4. Ni abahe bantu bashobora gushuka umuhungu cyangwa 
    umukobwa gukora imibonano mpuzabitsina? Sobanura 
    igisubizo cyawe.
     5. Kureba firime bishobora gutuma dukora imibonano 
    mpuzabitsina igihe kitaragera. Urumva wakora iki kugira ngo 
    utagwa muri uwo mutego?
    III. Ikibonezamvugo
    1. Andika interuro ebyirebyiri ukoreshemo ntera, 
    amazina ntera n'ibisantera.

     2. Sesengura aya mazina ugaragaze uturemajambo 
    n'amategeko y'igenamajwi yakoreshejwe

     a. Umunyu.
     b. Amazi.
     c. Umwuko.
     d. Ibyifuzo.
     e. Udutambaro.
     3. Andukura aka gace k'umwandiko ugenda ukosora 
    ahari amakosa y'imyandikire.

    Hari abantu benshi bumva ko kujya I Kigali bakava i wabo mu cyaro ari 
    byo byiza. Urubyiruko usanga ruva IKarongi, I Huye, I Rusizi, I Byumba, 
    n'ahandi hatandukanye mu gihugu rukaza gushakira imibereho mu mugi 
    wa Kigali. Abenshi muri urwo rubyiruko iyo bageze I Kigali bavuye I 
    wabo, barahagera bakabura akazi. Abakobwa bibaviramo kwiyandarika 
    naho abahungu bagahinduka abajura n'inzererezi.
    Nyamara ibyo si byo kuko ahantu hose hari ubuzima. Aho i wanyu ubu 
    mushobora kuhigira mukarangiza amashuri yisumbuye. Mushobora 
    kwiga imyuga, mukorora cyangwa mugahinga. Mwitegereje I buryo n'I 
    bumoso bwanyu mwahabona abantu babayeho neza kandi bataragombye 
    kujya I Kigali.
    Nimwicare rero i wanyu i muhira, mubanze mutekereze neza, mushake 

    icyo gukora hafi yanyu mbere na mbere aho kugishakishiriza I kantarange.

    irigendera. Impyisi na yo iti:"None ... ntindi y'ingwe irenga yaza kugaruka 
    ntiyanyica ra? Naba nzize iki?" Iragenda. Byose bimaze kugenda ... mbeba 
    yawe ibwira Bugabo iti: "Sinakubwiye ko nunkiza izuba nzagukiza imvura? 
    Iyo utankiza ... zuba wansanzeho, haba hacuze iki? Cyo ngaho igendere."

    Nuko Bugabo arataha n'imbwa ye na ... kibirima akikoreye. Ageze 
    imuhira ashyikiriza umugore we ikibirima yari yamutumye. Umugore 
    amubonye ati: "Ahubwo umugabo ni ...!" Atitaye ku byabaye ku mugabo 
    we, arateka ararya.

    5.5. Amasaha ya Kinyarwanda.

    good

    Kera amasaha ya kizungu ataraza, Abanyarwanda bari bafite 
    amasaha bagenderaho. Ntabwo yerekanaga igihe gihamye buri gihe, 
    byaterwaga n'uduce tunyuranye n'ibihe. Byaterwaga kandi n'ibikorwa 
    binyuranye by'abantu n'imirimo bakoraga mu bijyanye n'ubuhinzi 
    n'ubworozi. Dore uko yabaga akurikiranye kuva mu gitondo kugeza 

    mu kindi gitondo:


    3 Gufata neza ibidukikije5 Kwimakaza imiyoborere myiza