• Kwimakaza 1 indangagaciro nyarwanda


    1.1. Dukunda Igihugu cyacu

    good

    Buri gitondo mbere y'uko twinjira mu ishuri, duteranira imbere 
    y'ibendera ry'Igihugu, tukaririmba indirimbo yubahiriza Igihugu cyacu. 
    Ubwo turata ibyiza bitatse u Rwanda, tukishimira ko turubanyemo 
    neza, tukaniyemeza kurukorera kugira ngo ingufu zacu ziruteze imbere. 
    Dushimira abakurambere b'intwari bahanze u Rwanda, bakarwagura 
    ndetse bagahashya ubukoroni na mpatsibihugu. Mu ndirimbo yubahiriza 
    Igihugu, twiyemeza kwitangira amahoro no kurinda ibyiza tumaze 

    kugeraho tubikesha ubufatanye bwacu. 

    Iyo turirimba iyi ndirimbo numva nishimye, nkishimira ko igihugu cyacu 
    ari kiza kandi gifite amahoro. Mu miryango iwacu turatekanye, mu nzira 
    aho tugenda ntawuduhutaza, ku ishuri twigana tutishishanya. Turiga 
    tugatsinda tubifashijwemo n'abarimu bacu. Sogokuru akunda kumbwira 
    ko Abanyarwanda ari bene mugabo umwe. Ambwira ko tugomba 
    kubana kivandimwe, tugakundana, tugafashanya kandi tugakomera kuri 
    ubwo bumwe bwacu kuko ari ubukungu butagereranywa. Anyumvisha 
    ko tugomba gushyira imbere ko twese turi abana b'u Rwanda, bityo 
    tukarangwa no guhora dutahiriza umugozi umwe. Impanuro ze 
    zandemyemo umutima wo gukunda u Rwanda. Numva ntifuza ko hagira 
    uruvuga nabi cyangwa ngo arubuze amahoro.

    Sogokuru yanyumvishije ko uwo ukunda umuvuga umutaka, ukamuratira 

    abatamuzi. Kubera izo mpamvu, ndarata u Rwanda kuko ari rwiza rukaba 
    rutwizihiye. Abarutuye turangwa n'urugwiro, abadusanze ntibinuba. 
    Ntibarambirwa kuko tubatambagiza urw'imisozi igihumbi bakanyurwa 
    n'ibihe byiza bidashyuha kandi ntibinakonje. Amashyamba, imisozi 
    n'ibiyaga bituma duhumeka umwuka mwiza uyunguruye. Amashyamba 
    ya kimeza n'ayatewe n'abarutuye ni intaho y'inyoni nyinshi n'inyamaswa 
    z'amoko anyuranye. Nawe se, ngizo ingagi zisigaye hake ku isi, intare 
    rutontoma umwami w'ishyamba, inzovu, twiga, impara n'imparage, 
    impyisi n'ingwe, inguge z'amoko yose, kagoma, ibikona, inkongoro, 
    sakabaka, inyange n'inyombya, isandi, imisure n'izindi.

    Sogokuru yampishuriye kandi ko ukunda igihugu ke agikorera, 

    agafatanya n'abandi kugiteza imbere mu kigero arimo. Igihugu cyacu ni 
    kiza kuko gifite amahoro, bituma buri wese akora atekanye. Kugikunda 
    ni ukukifuriza amahoro arambye, abagituye twese tukaba tugomba 
    kuyaharanira. Twe abanyeshuri, tugomba kubana neza na bagenzi 
    bacu, tukiga kuko ari cyo ababyeyi badusaba kandi ari na cyo Igihugu 
    kidutezeho, ndetse tugaharanira gutsinda. Sogokuru yarambwiye ati: 
    "Mwebwe muri abajyambere, mukomeze muvome ubwenge, maze iki 
    gihugu cyababyaye muzagiteze imbere, mugikungahaze, bityo ibyo 
    muririmba mubishyire mu bikorwa."
    Sogokuru yankanguriye kwirinda amanjwe, nkitabira gukora icyo 

    nshinzwe, nkirinda icyatuma abantu bashyamirana, bacikamo ibice.

    Sogokuru yansobanuriye ko gukunda igihugu bidasaba kuba uri umuntu 
    mukuru, ahubwo bisaba kwita ku cyo ushinzwe no kutabangamira 
    inyungu rusange. Yanambwiye kandi ko ubufatanye ari intwaro yafashije 
    abakurambere kugera ku byiza turirimba buri gitondo. Ati: "Namwe 
    mukwiye kurangwa no gufashanya, abumva amasomo vuba kurusha 
    abandi bagasobanurira abatayumva, abafite intege bagasindagiza 
    abatazifite, abazima bakita ku barwaye, abanyangufu bakirinda guhutaza 
    abatazifite." Abasangiye igihugu barangwa n'umutima wo gusangira 
    ibyiza bafite, byaba bike, byaba byinshi, kandi bakabifata neza kugira 
    ngo bidasenyuka. Gukunda igihugu si ukwita ku bariho ubu, ahubwo ni 
    ukureba n'abazaza mu gihe kiri mbere. Gukunda igihugu si ukwiyitaho 
    gusa wowe ubwawe ahubwo ni ukwita no ku bandi kuko iyo ugirira 
    abandi ineza, nawe uba uyigirira. 
    Ugira ineza ukayisanga imbere. Agaciro si imyaka ufite, ahubwo ni ibyo 
    ushobora kwigezaho no kugeza ku bandi.

    A. Inyunguramagambo

    Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 

    mu mwandiko:
    1. Abakurambere
     2. Turatekanye
     3. Ntawuduhutaza
     4. Tutishishanya
     5 Gutahiriza umugozi umwe
     6. Intaho
     7. Mugikungahaze
     8. Amanjwe
     9. Abanyarwanda ni bene mugabo umwe

    Umwitozo w'inyunguramagambo
    Soma, uhuze ijambo rivuye mu mwandiko n’igisobanuro 

    cyaryo ukoresheje akambi.

    good

    B. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Musubize ibi bibazo byo kumva umwandiko mu 
    magambo yanyu bwite.

     1. Ni ba nde bavugwa muri uyu mwandiko?
     2. Ni iki abanyeshuri bavugwa mu mwandiko bakora buri 
    gitondo? 
     3. Mu mwandiko batubwira ko uyu mwana uvugwamo iyo 
    baririmba iyi ndirimo yumva ameze ate?
     4. Mu mwandiko batubwira ko sekuru w'uyu mwana ari izihe 
    nama yamugiriye? 
     5. Ni ibiki biranga abatuye u Rwanda bivugwa muri uyu 
    mwandiko? 
     6. Ni ibiki umuntu ukunda igihugu yakora?
     7. Nk'umunyeshuri ukunda Igihugu cyawe ni iki usabwa gukora? 
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Vuga ingingo z'ingenzi n'iz'ingereka ziri mu mwandiko umaze 
    gusoma. 
     2. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko.
     3. Ni izihe ngero z'indangagaciro zigaragara mu mwandiko?

    D. Ihangamwandiko

     Himba umwandiko utarengeje amapaji abiri, uvuga ku bikorwa 
    biranga umuntu ukunda igihugu ke.

    1.2. Ndabaga umukobwa w’intwari

    good

    Ndabaga yavutse ari ikinege. Akiri uruhinja, se yagiye ku rugerero, 
    asigarana na nyina, akura atazi se. Akajya abaza nyina aho se yagiye, 
    na we akamusubiza ko yagiye ku rugerero akagumayo, bitewe n'uko 
    nta muhungu yabyaye wo kumukura, akaba ari nta n'umuvandimwe 
    agira wamusimbura.

    Ndabaga atangira kwiga imirimo ya gihungu buhorobuhoro, nko kurasa, 
    gusimbuka, gutera icumu, gufora umuheto, kwiruka, mbese imirimo ya 
    gihungu yose arayitoza ayimarayo. Nuko Ndabaga ajya no mu bacuzi 
    kwisatuza amabere, barangije barayashiririza ngo adapfundura. Nyina 
    amubajije icyo abigirira, amusubiza ko agomba kwiga imirimo y'abahungu 
    kugira ngo azarengere se. Aho amariye kuva mu bwangavu abwira nyina 

    ko ashaka kujya kuramutsa se, akamubona na we akamumenya, ariko 

    cyanecyane akamukura ku rugerero. Nyina arabyemera amushakira

    impamba, amuha Abanyabwishaza bagemuriye ababo ku rugerero 

    barajyana.


     good

    Ageze mu rugerero asaba abahungu b'ikigero ke kumwereka umuntu 
    witwa Nyamutezi. Abo abajije baramumwereka. Bararamukanya 
    baranezerwa. Bukeye Ndabaga abaza se icyatumye adataha, undi 
    amusubiza ko yabuze umusimbura kandi ko amaze kunanirwa kubera 
    ubusaza. Ndabaga amubwira ko icyamuzanye ari ukumukura maze 
    agataha akajya kuruhuka. Umusaza yatekereza ko Ndabaga ari 
    umukobwa akumva ko bitashoboka. Mu kumumara impungenge, 
    Ndabaga amubuza kuvuga ko ari umukobwa kuko yari yizeye ko imirimo 
    ya gihungu yose ayishoboye, kuko yayitoje bihagije. Ubwo yavugaga 
    nko kurasa, gutera icumu, kwiruka, gusimbuka...Anamwizeza ko iyo 
    atashoboye kumenyera iwabo kuko atari afite abayimwigisha, azayigira 

    ku rugerero. Mu kumuhinyuza, Nyamutezi amuha umuheto ngo arebe 

    ko yamasha, amushingira intego, Ndabaga arayihamya. Amuha icumu 
    amwereka aho aritera. Aho yamweretse araharenza. Amushakira 
    abahungu bangana ngo basiganwe, arabanikira. Se abibonye arabishima, 
    yemera kumwerekana, nk'umukura we, umugenga w'urugerero 
    aramwemerera arataha.

    Ubwo Ndabaga asigara ku rugerero, yiga kwiyereka imyiyereko yariho 
    icyo gihe, yose arayimenya. Aba intore nziza arashimwa arakundwa 
    cyane! Kubera ko yayoborwaga mu byo akora byose akumvira akitonda 
    cyane, bahoraga bamutangaho urugero, bituma atanga abandi kugabana 
    inka nyinshi. Abandi babibonye bamugirira ishyari, kuko abarushije 
    kugabana inka nyinshi kandi aje vuba. Ubwo harimo n'ab'iwabo bamuzi, 

    bakajya bajujura ko Ndabaga abarushije kugabana kandi ari umukobwa!
    Ababyumvise babibwira umwami. Bukeye umwami aramuhamagara, 
    amujyana ahiherereye, amubaza niba ari umuhungu, cyangwa se 
    umukobwa. Ndabaga ikibazo kiramukomerera pe! Akumva namubwira 
    ko ari umuhungu, akamurahiza akarahira, akamubwira kumwambarira 
    ubusa agasanga ari umukobwa, biri bumubere icyaha gikomeye ! Yakubita 
    agatima kuri se wavuze ko ari umuhungu, na bwo akumva nabihakana biri 
    bumubere na we icyaha kuko yabeshye ibwami ! Ndabaga biramuyobera 
    arashoberwa. Umwami akomeza kumubaza, undi agira ubwoba, ariko 
    bigeze aho ahitamo kumubwiza ukuri ko ari umukobwa kuko ari nta 
    kundi yashoboraga kubigenza. Umwami amubwira uburyo ibye byari 
    byaramuyobeye kuko yamurebaga agasanga afite ingingo za gikobwa, 
    kandi yaba arasa, atera icumu, yiruka, yiyereka, byose akabikorana 
    ubwitonzi nta matwara ya gihungu amurangwaho. 

    Amubaza icyatumye yiga imirimo y'abahungu, undi amutekerereza 
    uburyo se yagiye ku rugerero ari agahinja, akarinda amenya ubwenge 
    ataramubona. Mu kubaza nyina igituma atabona se, akamubwira ko 
    yagiye ku rugerero, kandi ko adashobora gutaha adafite umukura kuko 
    atabyaye umuhungu. Ibi akaba ari byo byatumye yitoza imirimo igenewe 

    abahungu kugira ngo azamucungure.

    Umwami amaze kumva amagambo ya Ndabaga, atumiza Nyamutezi, 
    amubaza niba umwana we ari umukobwa cyangwa niba ari umuhungu. 
    Nyamutezi na we abanza kujijinganya nk'umukobwa we, ariko kuko byari 
    ngombwa kuvugisha ukuri, abwira umwami ko ari umukobwa. Abajijwe 
    icyatumye ashyira umukobwa mu itorero ry'abahungu, asubiza ko ari 
    uko yari amaze kunanirwa kubera ubusaza kandi agasanga umwana 
    we yari ashoboye imirimo ya gihungu. Umwami yaramuhumurije, 
    yiyemeza kumusezerera agataha, amuha inka nyinshi ariko asigarana 
    umukobwa yari yaramuhaye. Nyuma aza kuba umugore w'umwami 
    w'inkundwakaza. Kuva icyo gihe, umwami aca iteka ko ibinege bitagira 

    gikura bizajya bisezererwa bigataha nta yandi mananiza

    A. Inyunguramagambo
    Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu mwandiko:
     
     1. Ikinege
     2. Urugerero
     3. Kumukura
     4. Azarengere
     5. Umugenga
     6. Kugabana inka
     7. Yaramuhumurije
     8. Guca iteka
    Umwitozo w'inyunguramagambo
    Tanga interuro ebyirebyiri kuri buri jambo muri aya akurikira:
    1. Ikinege
    2. Kumara impungenge
    3. Umugenga
    4. Umukura we

    5. Itorero

    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu 
    magambo yanyu bwite. 
     1. Vuga amazina abiri y'abantu bavugwa mu mwandiko. 
     2. Ni iyihe mirimo yari igenewe abahungu muri icyo gihe 
    Ndabaga yize gukora?
     3. Ndabaga yabitewe n'iki kwiga imirimo ya gihungu?
     4. Ndabaga abonanye na se yamugejejeho ikihe gitekerezo? 
    Umubyeyi we yabyakiriye ate?
     5. Ndabaga ageze ku rugerero yitwaye ate? 
     6. Ni iki kigaragaza ko bagenzi be batishimiye iterambere 
    Ndabaga yagezeho? Babyitwayemo bate?
     7. Mu kiganiro Ndabaga yagiranye n'umwami ni uwuhe muco 
    mwiza mukuyemo?
     8. Ni iki cyatumye umwami aca iteka risonera abavutse ari 
    ibinege kujya ku rugerero? 
     9. Ni iki wakwigira kuri Ndabaga uhereye ku buryo yashoboye 
    imirimo yitwaga iya gihungu ubihuje n'ihame ry'uburinganire 
    bw'abahungu n'abakobwa muri iki gihe tugezemo?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Vuga ingingo z'ingenzi ziri mu mwandiko umaze gusoma. 
     2. Tahura ingingo zigaragaza ubutwari ziri muri uyu mwandiko.
    D. Umwitozo w'ubumenyingiro: kujya impaka no kungurana 
    ibitekerezo

     Uhereye ku byiciro by'intwari mu Rwanda, uyu mukobwa 
    wamushyira mu kihe kiciro? Kubera iki? 
    E. Umukoro: gutanga ibitekerezo mu nyandiko
     Andika umwandiko utarengeje amapaji abiri, uvuga ukuntu wumva 

    uzaba intwari ishimwa n'ababyeyi, abarezi ndetse n'Igihugu. 

    1.3. Kurwanya ruswa

    good

    Itariki ya 9 Ukuboza buri mwaka, yahariwe kurwanya ruswa ku isi hose. 
    Ruswa ni uburyo cyangwa igikorwa cyose cyo gukoresha nabi ububasha 
    wahawe ku nyungu zawe bwite cyangwa ku z'agatsiko runaka. Ruswa 
    igaragara ku buryo bwinshi. Hari uwakira amaturo cyangwa impano 
    binyuranye kugira ngo ukunde ukore icyo wagombaga gukora nta 
    kiguzi. Ni ukwanga kandi kugira icyo ukora kugira ngo utiteranya. Ni 
    ukudakorera igihe ibyo ugomba gukora kugira ngo ukugana namara 
    gusiragira kenshi, yibwirize agire icyo akurebera n'ibindi.

    Impamvu ari ngombwa kurwanya ruswa, ni uko ibyo igihugu 
    cyagakoresheje mu nyungu rusange byikubirwa na bamwe, bigatuma 
    iterambere ridindira. Urugamba rwo kuyitsinda ntirwakoroha buri wese 
    atarugizemo uruhare. Kuki se umuntu yatanga ruswa kugira ngo ahabwe 
    cyangwa akorerwe icyo yemererwa n'amategeko nta kiguzi, kandi 
    abo ayiha baba bahembwa amafaranga ava mu misoro y'abaturage? 

    Ntibikwiye kandi ko umuntu yahabwa ibyo atagenewe, byari bigenewe

    abandi babifitiye uburenganzira kubera ko yatanze inyoroshyo cyangwa 
    bitugukwaha.

    Ni yo mpamvu mu rwego rwo kurengera inyungu z'abaturage, Leta 
    yashyizeho ingamba zitandukanye zo kurwanya ruswa. Muri izo 
    ngamba harimo ikoranabuhanga mu gutanga serivisi zinyuranye 
    ku baturage. Mu nkiko, hashyizweho uburyo bwo kugenzura uko 
    serivisi zitangwa n'ibyemezo bivugwamo akarengane. Hari kandi no 
    kugaragaza uburenganzira bw'umuburanyi, n'uwo yiyambaza mu 
    gihe ubwo burenganzira abwambuwe. Leta kandi ikangurira abagana 
    inkiko n'abakozi bazo kwamagana ruswa no gutangaza umuntu wese 
    waka cyangwa agatanga ruswa. Isaba inkiko guca imanza za ruswa mu 
    gihe kitarambiranye, no gushyikiriza Urwego rw'Umuvunyi abahamwe 
    n'icyaha cya ruswa, kugira ngo amazina yabo atangazwe, bityo 
    bakumirwe mu mirimo ya Leta. Hashyizweho gahunda ngarukamwaka 
    y'icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa. Hashyizweho kandi udusanduku 
    tw'ibitekerezo, kugira ngo buri wese atange amakuru yatuma imikorere 
    y'inkiko ijya mbere.

    Hashyizweho itegeko rigamije gukumira, kurwanya no guhana ruswa 
    n'ibyaha bifitanye isano na yo. Ni yo mpamvu ibigo bitanga serivisi 
    bisabwa kugira inyandiko igaragaza uburyo ibyemezo bifatwa, 
    kugaragaza igihe ntarengwa mu gufata ibyemezo n'amategeko 
    akurikizwa no kubahiriza amabwiriza agenga ipiganwa mu gutanga 
    amasoko n'akazi. Ibigo bisabwa kandi kugira ubugenzuzi bw'imikorere 
    n'ubw'imicungire y'umutungo, kugaragariza raporo abo igenewe, kugira 
    amabwiriza agenga abayobozi n'abakozi, kudasumbanya, kudatinza no 
    kutaburagiza ababagana bakeneye gukorerwa imirimo runaka.

    Uwo ari we wese wakiriye cyangwa watse ruswa ku buryo ubwo ari 
    bwo bwose, cyangwa yirengagije ibyo amategeko amusaba gutunganya, 
    kubera ruswa yakiriye uko yaba iteye kose, agenerwa ibihano birimo 
    gufungwa no gucibwa ihazabu.

    Nubwo ingamba zo kurwanya ruswa zigenda ziyongera, abayaka na 
    bo bagenda bahindura uburyo bwo kuyaka. Buri muturarwanda akaba 
    asabwa kwirinda gutanga no kwakira ruswa mu buryo bwose, agatanga 

    amakuru y'uwaka ruswa n'uyitanga. Muri uru rugamba, urubyiruko 

    nk'imbaraga z'u Rwanda rw'ejo hazaza rugomba kugira uruhare runini 
    mu gukumira ruswa kugira ngo idakomeza kudindiza iterambere 
    ry'igihugu.
    Mu bagomba gutungirwa agatoki ahavugwa ruswa, harimo by'umwihariko 
    Urwego rw'Umuvunyi kuko rufite mu nshingano kurwanya ruswa 
    n'akarengane, kugeza bicitse burundu mu Rwanda. Udashobora kugera 
    ku Muvunyi, na we ntaterera iyo ngo abaryi ba ruswa bakomeze 
    bidagadure. Hari udusanduku dukunze kuboneka ahantu hatandukanye 
    inzego z'ubutegetsi zikorera kugira ngo byorohereze abantu gutanga 
    amakuru kuri ruswa mu ibanga. Ruswa ni mbi imunga ubukungu 
    bw'igihugu, igatuma serivisi zitangwa nabi, iterambere duharanira 
    ntirigerweho.
    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe 
    mu mwandiko.

    1. Kudindira
    2. Inyoroshyo
    3 Ingamba
    4. Ipiganwa
    5. Kuburagiza
    6. Ihazabu
    Umwitozo w'inyunguramagambo
    Tanga andi magambo asobanura kimwe 
    n'amagambo akurikira:

    1. Ruswa
    2. Kurwanya
    3. Ingamba
    4. Kudatinza
    5. Gutungirwa agatoki
    6. Guterera iyo
    7. Kwidagadura
    8. Kumunga
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu 
    magambo yanyu bwite.
     
    1. Ruswa ni iki?
    2. Ni ubuhe buryo butandukanye bukoreshwa mu gutanga ruswa?
    3. Sobanura uburyo gutanga no kwakira ruswa bishobora
    kudindiza iterambere ry'igihugu?
    4. Ni kuki tugomba kurwanya ruswa?
    5. Ni ibihe bihano bihabwa uwakiriye cyangwa uwatanze ruswa?
    6. Ni izihe ngamba zafashwe mu rwego rwo kurwanya ruswa?
    7. Ni ibiki buri muturage yakora mu rwego rwo kurwanya ruswa?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    1. Vuga ingingo z'ingenzi ziri mu mwandiko umaze gusoma.
    2. Kora inshamake y'uyu mwandiko.
    D. Umwitozo w'ubumenyingiro: Kungurana ibitekerezo
    Uri umunyeshuri wiga mu mwaka ka gatanu w'amashuri abanza.
    Ni uruhe ruhare wumva wagira mu rwego rwo gukumira ruswa no
    kuyirwanya?
    E. Umukoro: Gutanga ibitekerezo mu nyandiko
    Hanga umuvugo uvuga ibibi bya ruswa ku buryo wawujyana mu

    marushanwa yo ku munsi wahariwe kurwanya ruswa mu Rwanda.

    1.4. Gukorera mu mucyo


    Burya kuganira n'abantu bakuru ni byiza cyane. Sinari nzi icyo gukorera 
    mu mucyo ari cyo, nabibwiwe na sogokuru.

    Umunsi umwe, naganiriye na sogokuru maze ampa impanuro agira 
    ati: "Mwana wange, nongeye kubigusaba nkomeje, uzabe umugabo 
    maze wange umugayo. Uzirinde kurimanganya. Uzirinde gukoresha 
    amarangamutima, urangwe no gushishoza, ukuri n'ubutabera. Muri make, 
    uzaharanire kuba inyangamugayo kandi ukorere mu mucyo". Kubera 
    ko ntari nasobanukiwe neza n'ibyo ambwira, ndamubaza nti: "Gukorera 
    mu mucyo ni iki? Bisabwa ba nde? Bikorwa gute?"

    Sogokuru arambwira ati: "Gukorera mu mucyo ni ukuvugisha ukuri no 
    kudahishahisha ibyo ukora. Ntibaca umugani se ngo 'uwububa abonwa 
    n'uhagaze.' Burya ibyo ukorera mu bwihisho biba ari bibi kandi biratinda 
    bikagaragara." Gukorera mu mucyo rero ni uguhishurira abandi ibyo 
    ukora no kwemera ko bakugenzura ku buryo bashobora gutahura no 
    kugaragaza amakosa wakoze. Waba kandi warakoze neza na byo 

    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
     1. Ni iyihe nsangamatsiko iri kuvugwa muri uyu mwandiko?
     2. Ni izihe nama umwana yagiriwe na sekuru?
     3. Ni ibihe bibazo uyu mwana yabajije sekuru?
     4. Ubona sekuru yaramushubije ku bibazo byose yabajije?
     5. Gukorera mu mucyo ni iki?
     6. Kuki tugomba gukorera mu mucyo?

     7. Ni gute mu ishuri dushobora gukorera mu mucyo?

    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Vuga ingingo z'ingenzi ziri mu mwandiko umaze gusoma.
     2. Kora inshamake y'uyu mwandiko.
    D. Kungurana ibitekerezo
     1. Usibye ibikorwa bivugwa mu mwandiko wasomye nta bindi 
    bigaragaza uko abantu bakorera mu mucyo watanga?
     2. Usibye akamaro ko gukorera mu mucyo kavugwa mu 
    mwandiko wasomwe nta kandi kamaro ko gukorera mu mucyo 
    wavuga?
    1.5. Uburyo bwo gutahura ingingo z'ingenzi mu 

    mwandiko




    good

    1.6. Ihinamwandiko

    1. Inshoza y'inshamake y'umwandiko

    good

    good2. Inshoza y'ihinamwandiko

    good

    3. Amabwiriza y'ihinamwandiko

    good

    Umwitozo:
    Hina umwandiko "Dukunda Igihugu cyacu" mu mirongo itarenze 
    icumi.
    Umukoro
     Himba inkuru ivuga ku bikorwa biranga gukorera mu mucyo ndetse 

    n'akamaro ko gukorera mu mucyo.

    1.7. Igitekerezo cya Nyamutegerakazaza

    good

    Umugabo Nyamutegerakazaza wari utuye i Gihinga na Gihindamuyaga 
    yashatse umugore, ariko mu gihe yari atwite ari hafi kubyara, umugabo 
    ararwara, indwara imugezayo. Ageze aho ajya kuraguza, bamubwira 
    ko umugore we atwite inda y'umuhungu, ariko ko atazamubona, kuko 
    azavuka yarapfuye.

    Nyamutegerakazaza yumvise ko agiye gupfa ntiyacika intege, ahubwo 
    atangira gutekereza icyo yakora kugira ngo ateganyirize umwana we. 
    Nuko yigira inama yo gusiga amusabiye umukobwa, akanamukwerera, 
    kugira ngo namara gukura atazabura umugore cyangwa akabura 
    umusabira.

    Bukeye, Nyamutegerakazaza areba inka z'imbyeyi n'ibimasa, areba, 
    intama, areba ihene, amasaka, impu n' impuzu nyinshi, ashaka abagaragu 
    bo kubimutwaza. Nuko ashyira nzira, ajya gushaka aho yasabira 
    umwana wari ukiri mu nda.

    Ngo bagere imbere, abona ifuku yafashwe n'umutego. Arayitegura, 
    arangije ayiha amasaka irahembuka. Igiye kugenda iramubaza, iti: 
    "Witwa nde ko ungiriye neza?" Arayibwira. Na yo iramubwira iti: "Genda 
    igihe nikigera nzitura iyi neza ungiriye."

    Barakomeza, bageze imbere bahura n'imbeba zishonje ziri kuguguna 
    ibyatsi. Zibonye amasaka ziramusaba ziti: "Dufungurire!" Aziha amasaka 
    n' impu n'impuzu. Agiye kugenda ziramubaza ziti: "Wa mugabo we witwa 
    nde ko utugiriye neza?" Arazibwira. Ziti: "Genda umugeni uzamubona 
    kandi igihe nikigera tuzitura umwana wawe iyi neza utugiriye."

    Nyamutegerakazaza arakomeza aragenda. Ageze mu ishyamba, ahura 
    n'intare ishaje, itagishoboye guhiga. Intare iramubwira iti: "Wamfunguriye."
    Nyamutegerakazaza ayiha akamasa. Mbere y'uko igafata, iramubaza iti: 
    "None ko ungiriye neza witwa nde?" Nyamutegerakazaza arayibwira, 
    ati:"Ndi Nyamutegerakazaza nturutse i Gihinga na Gihindamuyaga, 
    ngiye gukwerera umwana ukiri mu nda." Intare iramubwira iti: "Genda 
    umugeni uramubona."

    Yigiye imbere ahura n’isazi n’ishwima. Isazi zimusaba kuziha impu 
    zikanyunyuzamo ibizitunga, naho ishwima zimusaba gushitura ibirondwe 
    ku nka yari ashoreye. Nyamutegerakazaza asaba abari bamutwaje 
    guhagarara. Ahambura impu aziha isazi zitururaho, na ho ishwima 
    zishitura ibirondwe ku nka zirahaga. Birangije, biti: "Noneho twibwire, 
    tuzakwiture iyi neza utugiriye. Nyamutegerakazaza abibwira izina rye. 
    Biti: "Genda rero umugeni uramubona."
    Nyamutegerakazaza, n'abikorezi be bakomeza urugendo. Aza guhura 
    n' umugabo uvuye mu rugo rwe, na we yari afite umugore utwite inda 
    y’ uburiza. Nyamutegerakazaza aramusuhuza, arangije aramwibwira 
    amubwira n' ikimugenza. Umugabo ati:"Nta mukobwa mfite, icyakora 
    umugore wange aratwite."Undi ati: "Yewe! Iyo nda ni yo nshaka, kuko 
    n' uwo nsabira ntaravuka. Ndagukwera, maze nubyara umukobwa 
    uzamushyingire umwana wange." Umugabo ati: "Ibyo na byo! Nyihera 
    inka, umugeni ndamukwemereye. Yaba uzavuka mu nda umugore wange 
    atwite cyangwa uzakurikiraho."Nuko amutura amayoga, baranywa, 
    arangije amuha inka yo kumukwera, barikubura barataha.

    Nyamutegerakazaza ageze mu rugo ahamagara umugore we, 
    aramubwira, ati: "Dore nagiye ngirira neza abantu bose, n'ibintu 
    byose. Izina ryange rizwi neza hose. None uzabyara umwana 
    w'umuhungu narapfuye, ntuzagire izina umwita, bazage bamwita mwene 
    Nyamutegerakazaza." Umugore arikiriza. Nyamutegerakazaza amara 
    iminsi mike arapfa. 
    Bitinze umugore we abyara umwana w'umuhungu ntiyamwita izina koko.
    Umwana arakura, agera ubwo aba umusore, bakajya bamwita."mwene 
    Nyamutegerakazaza". Amaze kuba umusore aza kubaza nyina ati: 
    "Data aba hehe?" Nyina aramusubiza ati: "So yarapfuye." Umwana 
    yongera kumubaza ati: "Ese yitwaga nde? " Nyina ati: "Yitwaga 
    Nyamutegerakazaza. Yari yaragiye inyuma y'ishyamba, asiga agushakiye 
    umugeni, avuyeyo aherako arapfa." Umwana ati: "Nzajya kureba aho 
    hantu data yajyanye inka zo kunkwerera."

    Bukeye umwana afata impamba, arahaguruka ajya kureba aho se 
    yasize amusabiye umugeni. Aragenda, agiye kugera ku ishyamba 
    ahura n'ifuku. Ziramubaza ziti: "Witwa nde wa musore we ko tubona 
    ujya gusa na wa mugabo watugiriye neza?" Arazibwira ati: "Ndi 
    mwene Nyamutegerakazaza." Ifuku ziti: "Genda ariko umenye ko aho 
    ugiye bazakurushya, uzemere uruhe. Nibakohereza guhinga, uzageyo 
    uzahadusanga." Arazishimira, arangije akomeza inzira y'ishyamba, ifuku 
    na zo zinyura mu myobo, ziramukurikira.

    Yigiye imbere ahura n' imbeba ziti: "Uri nde?" Arazibwira. Imbeba 
    zitema ishyamba arahita. Zirangije ziramuherekeza, zimwereka urugo 
    se yamusabiyemo umugeni. Nuko ahageze baramuzimanira, barangije 
    baramubaza bati: "Uri nde ko tutakumenye?" Arabasubiza, ati: "Ndi 
    mwene Nyamutegerakazaza waje gukwa inda." Babyumvise barumirwa, 
    kuko umugeni we bari baramushyingiye ahandi. Ni ko kwigira inama 
    yo kumurushya kugira ngo bamunanize, atahe atamubonye.

    Nuko basaba abashumba kugishisha inka zose, kugira ngo bamubwire 
    ko inka se yabakwereye yari irwaye igahita ipfa, ko nta nka n'imwe 
    ibarizwa muri urwo rugo. Abashumba bakigeza inka mu ishyamba, 
    imvura irashoka. Intare yari yabimenye iratontoma, itera abashumba 
    ubwoba, barazishorera bazisubiza mu rugo. Mu gihe bari batangiye 
    kubimubwira babona inka zose zirahasesekaye.

    Babonye ibyo bidakunze, bamuha ikigeragezo, bati: "Noneho muri iri 
    shyo ry'inka, genda utwereke izikomoka ku yo so yakoye." Mwene 

    Nyamutegerakazaza abyumvise arumirwa, kuko atari azizi. Muri ako 

    kanya, ishwima imunyura hejuru iguruka, iramwongorera, iti:" Inka 
    tugiye kugwaho uvuge ko ari zo zikomoka ku yo so yakoye." Umusore 
    ajya mu ishyo, inka ishwima iguyeho akayikoraho, arinda azihetura 
    atibagiwemo n'imwe.

    Bamuha ikindi kigeragezo bati: "Maze rero ntitwashyingira umukobwa 
    wacu umugabo uzamwicisha inzara. Dore isuka, ugende uhinge uriya 
    mushike, nukunanira, witahire." Umusore isuka arayifata. Bamweretse 
    umushike arumirwa, kuko uburyo hari hanini, ntiyari gushobora 
    kuharangiza mbere y'uko agera mu gihe cy'ubukambwe. Nyamara apfa 
    kujyamo aratangira ararima. Muri ako kanya, za fuku zanyuze iy'ikuzimu 
    ziba zirahasesekaye, ziramufasha, mu kanya wa mushike wose uba 
    uhindutse intabire.

    Babibonye batumaho umugore we iyo bari baramushyingiye, azana 
    n'abana yari amaze kuhabyarira. Bazana abagore benshi, barimo uwo 
    se yamukwereye babakoranyiriza hamwe. Baramubwira bati: "Dore 
    aba bagore barimo uwo so yagukwereye, numumenya ukamufata 
    akaboko, turamuguha umujyane. Isazi imujya mu gutwi iti: "Uwo ngwa 
    ku jisho akikoma ku gahanga, abe ari we ufata akaboko." Nuko wa 
    musore arabegera, agenda asa n'ushishoza nk'ubazi neza, agiye kubona 
    abona uwo isazi iguye ku jisho, yikomye ku gahanga amufata akaboko 
    aseka, ati: "Uyu ni we wange." Umugore na we aramuhobera, basabwa 
    n'ibyishimo, abari aho bose babaha amashyi n'impundu.

    Nuko bengesha amayoga, babanza gusubiza uwari umutunze ibyo yari 
    yarakoye, barangije baramushyingira. Bamuha inka, bamuha imyaka, 
    bamuha abikorezi baramuherekeza atwara umugore we n'abana be yari 
    amaze kubyara, aratunga aratunaginirwa.

    Ineza iratinda ntihera.
    Gira so yiturwa indi.
    Akebo kajya iwa Mugarura.

    A. Inyunguramagambo

    Nimushake ibisobanuro by'aya magambo mukurikije uko yakoreshejwe mu mwandiko:

    good

    Umwitozo w'inyunguramagambo
    1. Koresha aya magambo mu nteruro ziboneye.
     a) Kwitura ineza
     b) Ishyo
     c) Gusabwa n'ibyishimo
     d) Gutunga ugatunganirwa.
    2. 2. Nimusobanure iyi migani muvuge n'igihe 
    yakoreshwa:

     a) Ineza iratinda ntihera.
    2. Iyo Nyamutegerakazaza aba yaragiye agira nabi yari kwifuza 
    ko umwana we yitwa kuriya?
     3. Uretse gusiga amukwerereye ubona ikintu kiza kiruta ibindi 
    Nyamutegerakazaza yasigiye umwana we ari iki?
     4. Wowe umenye ko uzapfa vuba aha wakora iki?
     5. Ese ko n'ubundi buri muntu aba agomba kuzapfa umunsi 
    umwe, ubona abantu babaho nk'aho bazapfa ngo bateganyirize 
    abana babo?
     6. Iki gitekerezo kiratwigisha irihe somo ry'ingenzi?
     7. Mu mwandiko baravugamo ko Nyamutegerakazaza yagiye 
    gukwera umwana utaravuka kandi agakwa inda itaravuka. 
    Kuri ubu ubona bishoboka?
     8. Muri iki gihe ni ibihe bikorwa abantu bakora iyo bashatse 
    kuzigamira umwana ukiri muto cyangwa utaravuka?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Ukeka ko uyu Nyamutegerakazaza yabayeho? Ni iki gisa 
    n'ikigaragaza ko yabayeho? 
     2. Bavuga ko yari atuye he? 
     3. Hari igihe bavuga yabereyeho?
     4. Uhereye kuri ibi uyu mwandiko wawita iki?
     5. Igitekerezo cyo muri rubanda rero kirangwa n'iki?
    D. Gutekereza ku buryo bwimbitse no gutanga ibitekerezo 
    ku bivugwa mu mwandiko.
    Insanganyamatsiko yo kujyaho impaka:
    Mwene Nyamutegerakazaza amaze gutsinda ibigeragezo byose 
    bamushyizeho, bamuhaye umugore we ndetse n'abana yari yarabyaye 
    mu rugo yari yarashatsemo arabegukana. Ubona byari bikwiye ko 
    ajyana umugore n'abana atabyaye?
    E. Ihangamwandiko
     Wumva ikintu kiza umubyeyi wawe yagukorera none kugira ngo 
    aguteganyirize neza ari ikihe? Yaguteganyiriza uburyo uzashaka?
     b) Gira so yiturwa indi.
     c) Akebo kajya iwa Mugarura.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Nimusubize ibibazo byabajijwe ku mwandiko mu 
    magambo yanyu bwite.
     1. Kuki Nyamutegerakazaza yanze kwita umwana we izina 
    agashaka ko bazajya bamwita "mwene Nyamutegerakazaza?"
    2. Iyo Nyamutegerakazaza aba yaragiye agira nabi yari kwifuza 
    ko umwana we yitwa kuriya?
     3. Uretse gusiga amukwerereye ubona ikintu kiza kiruta ibindi 
    Nyamutegerakazaza yasigiye umwana we ari iki?
     4. Wowe umenye ko uzapfa vuba aha wakora iki?
     5. Ese ko n'ubundi buri muntu aba agomba kuzapfa umunsi 
    umwe, ubona abantu babaho nk'aho bazapfa ngo bateganyirize 
    abana babo?
     6. Iki gitekerezo kiratwigisha irihe somo ry'ingenzi?
     7. Mu mwandiko baravugamo ko Nyamutegerakazaza yagiye 
    gukwera umwana utaravuka kandi agakwa inda itaravuka. 
    Kuri ubu ubona bishoboka?
     8. Muri iki gihe ni ibihe bikorwa abantu bakora iyo bashatse 
    kuzigamira umwana ukiri muto cyangwa utaravuka?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Ukeka ko uyu Nyamutegerakazaza yabayeho? Ni iki gisa 
    n'ikigaragaza ko yabayeho? 
     2. Bavuga ko yari atuye he? 
     3. Hari igihe bavuga yabereyeho?
     4. Uhereye kuri ibi uyu mwandiko wawita iki?
     5. Igitekerezo cyo muri rubanda rero kirangwa n'iki?
    D. Gutekereza ku buryo bwimbitse no gutanga ibitekerezo 
    ku bivugwa mu mwandiko.

    Insanganyamatsiko yo kujyaho impaka:
    Mwene Nyamutegerakazaza amaze gutsinda ibigeragezo byose 
    bamushyizeho, bamuhaye umugore we ndetse n'abana yari yarabyaye 
    mu rugo yari yarashatsemo arabegukana. Ubona byari bikwiye ko 
    ajyana umugore n'abana atabyaye?
    E. Ihangamwandiko
     Wumva ikintu kiza umubyeyi wawe yagukorera none kugira ngo 
    aguteganyirize neza ari ikihe? Yaguteganyiriza uburyo uzashaka?

    Yakurihira amashuri? Yakubikira amafaranga menshi muri banki? 
    Sobanura impamvu wumva icyo uhisemo ari cyo kiza kuruta ibindi

    Inshoza n'uturango by'igitekerezo cyo muri rubanda
    Inshoza

    Igitekerezo cyo muri rubanda ni igihangano cy'ubuvanganzo kijya 
    gusa n'umugani, bigatandukanywa n'uko cyo kidatangizwa na kera 
    habayeho ngo kirangizwe na si nge wahera.
    Uturango
    Mu gitekerezo cya rubanda havugwamo:
    Umuntu utari umwami ariko witwara nk'igihangange rubanda 
    batwerera ibikorwa bigaragara nk'ibyabayeho ariko bivanzemo 
    n'ibigaragara nk'ibitangaza. 
    Muri make ibiranga igitekerezo cyo muri rubanda ni ibi bikurikira:
    1. Uburyo bwo kubara inkuru mu bitekerezo
     Ntibitangizwa na kera habayeho ngo birangizwe na si nge wahera, 
    kuko iyo bigenze gutyo kiba gihindutse umugani.
     Bishingira ku mazina y'abantu babayeho, cyangwa bagaragara 
    nk'ababayeho mu mateka kuko usanga ari abantu bagenda 
    bavugwaho ku buryo butandukanye.
    Bigaragaramo amakabyankuru n'ibitangaza.
    2. Igihe n'ahantu:
     a) Igihe: Ibitekerezo bya rubanda ntibitanga amacishirizo 
    agaragaza neza igihe ibintu byabereye.
    b) Ahantu: Mu bitekerezo bya rubanda dusangamo kenshi 
    ahantu hazwi ibivugwa byabereye, aho igihangange kivugwa 

    cyari gituye, imisozi izwi iriho na n'ubu, ndetse n'ibintu bifatika 

    bigaragara nk'ibimenyetso byasizwe n'igihangange kivugwa mu 
    gitekerezo cya rubanda. Aha twatanga nk'ingero zikurikira:
    Muri iki gitekerezo cya Nyamutegerakazaza: Havugwamo 
    aho yari atuye: I Gihinga na Gihindamuyaga ni imisozi izwi iri mu 
    Ntara y'Amajyepfo.
    Mu gitekerezo cya Ngunda havugwamo ko imsozi yose y'u 
    Rwanda ari amabimba Ngunda yahingaga. Ni we wayihanze. Mu 
    Rwanda hari aho usanga udusozi twegeranye bakatwita amabimba 
    ya Ngunda.
    Mu gitekerezo cya Cacana havugwamo:

    Imisozi yose Cacana yaciyeho ahunga urupfu kuva mu magepfo 
    kugera mu majyaruguru. Ni imisozi iriho inazwi na n'ubu. Aho Cacana 
    yarwaniye n'urupfu ku gasozi ka Zoko. Ubu ni mu Murenge wa Mutete, 
    Akarere ka Gicumbi, Intara y'Amajyaruguru.
    Izi ngero z'ahantu hazwi hariho na n'ubu ni zo usanga zishinga 
    itandukaniro rigaragara hagati y'igitekerezo n'umugani muremure, 
    kuko wo utagira utu turango two kuvuga ahantu hazwi ibintu 
    byabereye ku buryo byatera gutekereza ko ibivugwa byabayeho. 
    Nyamara igitekerezo cya rubanda cyo kizanamo utwo turango kugira 
    ngo ubyumva arusheho gusa n'uwemera ibivugwa nk'aho ari ukuri.
    3. Amakabyankuru n'ibitangaza:

    Muri iki gitekerezo cya Nyamutegerakazaza inyamaswa ziravuga, 
    zizi ubwenge, zifasha abantu ku buryo butangaje, zizi ibizabaho mu 
    gihe kiri imbere. 
    Ibi rero biri mu turango dutuma igitekerezo cya rubanda kegerana 
    cyane n'umugani muremure mu bibiranga.
    4. Isomo mu buzima: 

    Buri gitekerezo kiba gifite isomo kifuza kutwigisha. Muri iki gitekerezo 
    cya Nyamutegerakazaza baratwigisha guteganyiriza ejo hazaza 
    no kugerageza gusiga izina ryiza tugira neza aho tunyuze hose, 

    kugira ngo tutagenda twitwa ba ruvumwa. Ineza tugize tuyiturwa

    ku buryo butandukanye kandi abo dusize bakabyungukiramo. Buri 
    muntu yari akwiye kwitwara nka Nyamutegerakazaza kuko buri 
    wese azi ko umunsi umwe azapfa, nyamara izina ryiza ryo ntiripfa.
    Umukoro.
     Hari ibindi bitekerezo bya rubanda byiza byo gusoma: Icya Ngunda, 
    ibya Semuhanuka, Igitekerezo cya Cacana n'ibindi. Shakisha ibitabo 
    birimo maze ubisome kugira ngo urusheho kwagura ubumenyi no 

    kumva amasomo bitwigisha.

    1.8. Ikeshamvugo ku nka, amata n’igisabo
     1. Nimusome aka kandiko maze mugende 
    musimbuza amagambo aciyeho akarongo andi 
    akoreshwa mu mvugo iboneye mu Kinyarwanda

    Mu muco nyarwanda inka, amata n'igisabo ni ibintu byubahirizwa cyane 
    mu Rwanda. Inka ifatwa nk'ikimenyetso cy'ubukungu ku buryo buri 
    wese yumva yayitunga ngo imuhe amata. Hambere, amata iyo yabaga 
    yakamwe bayasukaga mu gisabo yamara gufata, bakayazunguzamo 
    akavamo amavuta yatekwaga mu biryo ari byo bitaga ibirunge cyangwa 
    akisigwa bakayita ikimuri.
    Inka zanyweraga mu cyobo badahiyemo amazi, zamara kunywa amazi, 
    zikaryama.
    Kugira inka cyari ikimenyetso cy'ubukungu ku buryo abantu 
    bashimishwaga no gutunga inka nyinshi zigabanyije mu matsinda, yabaga 
    ari hirya no hino mu gihugu.
     2. Nimugaragaze buri jambo n'iryarisimbuye mu 

    mbonerahamwe iteye itya:

    good

    Dore izindi mvugo ziboneye zikoreshwa ku nka n'ibiyikomokaho, ndetse 

    n'ibikoresho byajyanaga na byo.

    good

    good

    Ku birebana n'inka

    good

    good

    Ku birebana n'amata

    good

    Ku birebana n'igisabo

    good

    Imyitozo

     1. Simbuza amagambo adakwiye gukoreshwa 
    andi yabugenewe, maze usanishe uko bikwiye 
    interuro, kugira ngo zibe ziboneye.

    Bwira ba bakozi baragira inka uti: "Nimubyuke dore bwakeye mutangire 
    gukama kandi mukame n'ingonga, hanyuma amata muyasuke mu bisabo 
    maze mujyane inka mu rwuri. Igihe cyo kunywa amazi nikigera, muzijyane 
    kuri cya kinogo twazisukiyemo amazi ejo.

    Abana bazo mubashyire mu nzu yabo, umwe muri mwe aze kubahirira 
    ubwatsi. Ubwo araza no koza ibyansi, abyanike ku gatanda, kandi ibisabo 
    bitarimo amata, abimanike hariya ku rutara. 

    Amata mukimara gukama muge mufataho ayo mugurisha andi muyahe 
    abana bayanywe ariko mwabanje kuyateka. Muge kandi mwirinda 
    kuyamena mu gihe muri kuyasuka mu bisabo. Hanyuma ariya mabyi 
    yazo muze kuyayora, kandi muzishakire indi saso."

     2. Huza imvugo iboneye yo mu ruhushya A 

    n'igisobanuro cyayo mu ruhushya B

    good

    Umwandiko: Indangagaciro z'Umunyarwanda
    Indangagaciro ziranga umuco nyarwanda ni nk'amahame 
    Abanyarwarwanda bagenderaho amwe ababuza gukora ikibi n'andi 
    abategeka gukora ikiza.

    Indangagaciro zikwiye kuranga umuntu kuva akiri muto twavugamo 
    izi zikurukira: guharanira ubumwe bw'Abanyarwanda, kwakira neza 
    abatugana, kwita ku batishoboye, kudahemuka no gukorana umwete.
    Nyamara si zo ndangagaciro zonyinye ziranga Abanyarwanda. 
    Mu migenzereze yabo, Abanyarwanda hafi ya bose bubaha Imana 
    bikagaragaza ukwicisha bugufi. Ibyo bigaragarira mu mazina bita 
    abana babo no mu mvugo bakoresha umunsi ku munsi, zirimo imigani 
    y'imigenurano, indamukanyo n'intashyo zabo. Iyo basuhuzanya bagira 
    bati: "Mwaramukanye Imana?" Basezeranaho Bati: "Mubane n'Imana, 
    cyangwa bati: "Imana ibarinde."

    Indangagaciro ziranga umuntu we ubwe ziza ku rwego rwa kabiri, 
    zikaba ari indangagaciro zituma yihesha ishema mu bandi. Muri zo 
    twavuga nko kwiyubaha ukirinda kwiyandarika, gukora ukirinda 
    kuba inyanda kuko agaciro kawe gashingiye ku byo wagezeho wowe 
    ubwawe, utibye, utandavuye cyangwa ngo uhemuke.

    Hakurikiraho indangagaciro zihuza abantu bo mu muryango umwe, 
    zishingira cyane ku bumwe bw'abagize umuryango, gufashanya no 
    gutabarana. Izo rero ni indangagaciro ziranga umuryango ari wo 
    shingiro ry'imibanire y'abantu. Abanyarwanda bemera ko habaho 
    "ndinda" ebyiri. Umwana ukiri muto aravuga ati:"Ndinda dawe."
    Umubyeyi na we yamara gusaza akitabaza umwana we agira ati: 
    "Ndinda mwana wange."

    Ababyeyi rero uko batwitayeho tukiri abana bato, ni ko natwe tugomba 
    kubitaho bamaze gusaza tukabasazisha neza. Umubyeyi utita ku bana 
    be bakandagara, aba yihemukira we bwe. Nyamara n'abana bibagirwa 
    ababyeyi babo ntibabiteho igihe bageze mu za bukuru, baba babaye 

    ibigwari, bakabita "ibirumbo."

    Hari kandi indangagaciro zidusabanya n'abandi bantu zikadutegeka 
    gusakaza umubano mwiza mu bantu no kuwusigasira. Umunyarwanda 
    uhuye n'undi muntu n'iyo baba bataziranye aramusuhuza, batandukana 
    akamusezeraho.

    Muri izo ndagagaciro harimo izitubuza guhemuka, kubeshya no 
    kubeshyera abandi, gukwiza amacakubiri n'inzangano mu bantu. 
    Harimo kandi izidutegeka gutabara abari mu kaga, kubaha abandi, 
    kwakirana urugwiro abantu bose nta vangura, gushima uwakoze neza 
    ukagaya uwahemutse, no kwirinda ishyari.

    Uretse izo ndangagaciro zikwiye kuranga umunyarwanda ku giti ke 
    cyangwa mu mibanire ye n'abandi, hari kandi indangagaciro zimuranga 
    nk' umwenegihugu. Umunyarwanda aharanira kurinda ubusugire 
    bw'Igihugu ke, kukirwanira ishyaka, akirinda kugitera cyangwa 
    kugisahura.

    Izi ndangagaciro n'izindi tutarondoye, ni ryo shema ry' Abanyarwanda, 

    ni zo pfundo ry'umuco udutandukanya n'abatari Abanyarwanda.

    I. Inyunguramagambo
    1. Uhereye ku buryo yakoreshejwe mu mwandiko, gerageza 
    gusobanura aya magambo maze ukoreshe buri ryose mu 

    nteruro iboneye


    2. Indangagaciro akenshi usanga zifite imbusane zazo, ni 
    ukuvuga ko iyo hatari ikiza haba hari ikibi. Tanga imbusane 

    z'izi ndangagaciro:


    II. Ibibazo byo kumva umwandiko: 

     1. Agaciro k'umuntu gashingira ku ki?
    2. Ukurikije uko ryakoreshejwe mu mwandiko, ijambo "ndinda"
    risobanura iki?
     3. Ni izihe ndangagaciro zikwiye kuranga umuntu we ubwe?
     4. Ni izihe ndangagaciro ziranga abantu bahuriye mu muryango 
    umwe ?
     5. Umubano mwiza mu bantu usakara ute?
    III. Imikoreshereze y'utwatuzo
     Shyira utwatuzo dukwiye ahari akanyerezo mu nteruro 
    zigize aka gace k'umwundiko:

     Ese uwavuga ibyo_ umuco nyarwanda yahera he_Yewe, ibyiza 
    by'umuco nyarwanda ntawabirondora ngo abirangize_Abanyarwanda 
    bafite umuco bihariye ubatandukanya n'abanyamahanga_None wowe 
    ntumaze kumenya imyinshi mu migenzo myiza y'umuco wacu_Ngaho 
    nawe gira icyo uvuga da_
    IV. Ikeshamvugo
     Uzurisha amagambo yabugenewe ku nka, ku mata no ku 
    gisabo ahari utudomo, aciyeho akarongo na yo uyasimbuze 
    imvugo iboneye.
     Kera Abanyarwanda baragiraga ku gasozi, bakagira inka nyinshi 
    zigabanyije mu matsinda. Iyo inka zabaga zitashye ............ 
    bagakama. Hari abantu babaga bazi gukama ningoga, bagakama 
    inka nyinshi mu mwanya muto. Amata bayakamiraga mu ............ 
    bakayabuganiza mu ............
     Babaga bafite kandi ibisabo byinshi bimwe bimanitse, ibindi 
    biteretsemo amata. Ku munsi wo gucunda, amata bayasukaga mu 
    bisabo bakayacunda, hanyuma bagakuramo amavuta.
    V. Guhina umwandiko:
     Andika interuro imwe ikubiyemo iby'ingenzi bivugwa muri uyu 
    mwandiko.
    VI. Ihangamwandiko
    Andika umwandiko utarengeje ipaji imwe uvuga uburyo 

    ukunda igihugu cyawe cy'u Rwanda n'icyo ugikundira

    • IKINYWARWANDA SB File Uploaded 21/12/20, 17:25
    • KINYARWANDA TG File Uploaded 21/12/20, 17:27
    • IBIBAZO File Modified 25/04/20, 12:11
2 uburenganzira bwa muntu