• Umutwe wa munani :Gukunda igihugu

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Isheja n’umusaza

    e

    Iwabo wa Isheja bari baturanye n’umusaza wabagaho mu buzima 
    bugoye. Yiberaga mu kazu gashaje cyane kandi atabasha no 
    kukisanira. Yari yaragerageje gushaka ubukire nk’abandi baturanyi be 
    ariko ntibyamukundira. Yavugaga ko uburiye umubyizi mu kwe nta ko 
    aba atagize.

    Umunsi umwe, Isheja avuye kwiga yumva wa mukambwe atabaza 

    cyane. Nuko ahita yiruka bwangu ngo arebe icyatumaga uwo 
    mukambwe ataka. Ahageze asanga ka kazu kenda kumugwira 
    atabasha kwihagurutsa. Isheja yinjiramo vuba kugira ngo amutabare 
    kataramugwaho.

    Agezemo asanga ibiti biri hafi kumugwaho atashobora kubyikuraho, 

    nuko abyigizayo. Abonye akazu kagiye kubituraho, agerageza 
    kumusindagiza nuko amugeza hanze. Bakihagera ka kazu gahita 
    gahirima kagwa hasi kose. Umusaza yahise agira agahinda kenshi 
    ababajwe n’uko akazu ke gahirimye. 

    Isheja yaramwihanganishije amubwira ko ikiruta ibindi ari ubuzima. 

    Umusaza arahindukira ahobera Isheja amushimira ubwitange 
    amugaragarije uwo munsi. Aramubwira ati: “Nta cyo nkwituye, ariko 

    ugira ineza ukayisanga imbere.”

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    d

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Umusaza yabagaho mu buzima bumeze bute? 
    b) Umusaza yabaga mu kazu kameze gate? 

    c) Ni iki Isheja yakoreye umusaza?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni izihe mpamvu zishobora gutuma umuntu ataka?
    b) Ni iki washima Isheja? 

    c) Kuki tugomba gutabarana?

    IMPUZANYITO

    Itegereze amagambo aciyeho akarongo mu nteruro, maze 

    utahure aho ahuriye.

    1. Iwabo wa Isheja bari baturanye n’umusaza wabagaho 
    mu buzima bugoye. 
    2. Umunsi umwe Isheja avuye kwiga yumva umukambwe
    atabaza cyane. 
    3. Yiberaga mu kazu gashaje kandi wenyine, atabasha no 
    kukisanira. 
    4. Agezemo asanga ibiti bike byamwituye hejuru 

    adashobora kuvuga maze abimuvanaho.

    Menye ko:

    Impuzanyito ari amagambo asobanura kimwe.
    Ingero:
    Kunezerwa = kwishima
    Umwete = umurava

    Kurya = gufungura

    Umwitozo

    Mu magambo ari mu dukubo, hitamo impuzanyito y’ijambo 

    wahawe uryandike

    1) umusaza (umwana, umukambwe, umukecuru)
    2) atabasha (atavuga, adashobora, atumva)
    3) bwangu (buhoro, cyane, vuba)

    4) atabare (aterure, akize, abwire)

    KWANDIKA

    a) Tondeka izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.

    Umukecuru ahamagara umwuzukuru we Muhizi.

    Ayishyira nyirakuru aramushimira cyane.
    Umukecuru yari arimo kugosora umuceri ku nkoko.
    Inkubi y’umuyaga iraza itwara ya nkoko yagosoreragaho.

    Muhizi ayirukaho arayifata.

    b) Andika ingingo y’ingenzi ivugwa muri ako gakuru.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Gukunda Igihugu

    r

    Umunsi umwe imvura yaraguye, umuhanda uduhuza n’intara 
    duturanye usibwa n’inkangu. Umukuru w’Umudugudu wacu adusaba 
    kwitabira umuganda rusange kugira ngo tuwusibure.

    Twabadukanye amasuka, ibitiyo n’ingorofani maze tuzindukira 

    hamwe dutangira gusibura umuhanda. Mu gihe gito umuhanda 
    wari wongeye kuba nyabagendwa imodoka zitambuka. Mbere yo 
    kudukoresha inama, Umukuru w’Umudugudu atwigisha indirimbo 

    idutoza gukunda Igihugu yitwa Tuzarwubaka.

    TUZARWUBAKA

    Inyikirizo
    Tuzarwubaka, tuzarwubaka abana b’Abanyarwanda,
    Turugire nka paradizo ku isi yose weee, tuzarwubaka.

    Igitero

    U Rwanda rwa Gasabo weee, tuzarwubaka.
    Urubyiruko turwubake, tuzarwubaka.
    Diyasipora yose weee, tuzarwubaka.

    Imiyoborere myiza weee, tuzarwubaka.

    Ubukungu bw’u Rwanda weee, tuzarwubaka.
    Ubutabera hose weee, tuzarwubaka.

    Imibereho myiza weee, tuzarwubaka.

    Abayobozi b’u Rwanda weee, tuzarwubaka.
    Abayoborwa turwubake, tuzarwubaka.

    Tumaze kuyiririmba, Umukuru w’Umudugudu adusobanurira ibyiza 

    byo gukunda igihugu. Atubwira ko umuntu ukunda igihugu yitabira 
    umuganda, umurimo, akanabungabunga ibikorwa rusange. Twese 
    twatashye twiyemeje kujya twitabira umuganda no kuwushishikariza 

    abandi.

    2.Inyunguramagambo

    Huza ijambo n’igisobanuro cyaryo ukoresheje akambi


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyatumye umuhanda usibama ? 
    b) Umukuru w’Umudugudu yasabye abaturage kwitabira 
    umuganda rusange kugira ngo hakorwe iki? 
    c) Umukuru w’Umudugudu yakoze iki mbere yo gukoresha 

    abaturage inama? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Indirimbo Umukuru w’Umudugudu yabigishije 
    yabakanguriraga iki muri rusange? 
    b) Ku bwawe kuki tugomba gushishikariza abantu kwitabira umuganda? 
    c) Ni ibihe bikorwa bigaragaza gukunda igihugu biri mu gace utuyemo? 

    INDIRIMBO
    1. Ongera usome indirimbo iri mu mwandiko maze utahure 

    ibiranga indirimbo.

    Menye ko:

    Indirimbo igira umutwe, ibitero n’inyikirizo.

    Nyuma ya buri gitero basubiramo inyikirizo

    2. Fata mu mutwe indirimbo iri mu mwandiko uzayiririmbire 

    bagenzi bawe.

    KWANDIKA
    1. Andika mu mukono inyikirizo y’indirimbo iri mu mwandiko witwa “Gukunda Igihugu”.

    Imyitozo

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ku ishuri tugira imitungo rusange nk’inyubako, ibikoresho, amazi, 
    amashanyarazi n’ibindi. Hari bagenzi bange bononaga bimwe mu 
    bikoresho by’ishuri n’inyubako twigiramo.

    Umunsi umwe, niyemeje kujya mbatoza
    kubibungabunga buri gihe. 
    Nabagiriye inama yo kutanduza inkuta z’inyubako twigiramo no 
    kutangiza ibitabo. Mbasobanurira ko bagomba gukoropa neza 
    amashuri bagahanagura umukungugu ku madirishya. Mbibutsa 
    kwirinda kwangiza ingwa, intebe n’ibindi bikoresho byo mu ishuri. 
    Nababwiye ko tugomba kwita ku ndabo zo mu busitani tukazivomerera 
    tutazangiza. 

    Nabibukije ko no mu rugo tugomba gufata neza ibikoresho byaho. 

    Tukoza amasahani, ibikombe n’ibikoresho dutekamo tukanita no ku 
    matungo. Niba hari ibyangiritse, tukabimenyesha ababyeyi kugira ngo 
    babisane cyangwa babisimbuze. Nongeyeho ko gusesagura umutungo 
    atari byiza. Tugomba gucana amatara aho akenewe kandi tugakoresha 
    amazi neza. 

    Ndangije, bagenzi bange bankomeye amashyi binyereka ko 

    banyumvise. Bwarakeye dusubiye ku ishuri mbona abangizaga 
    ibikoresho by’ishuri ntibongeye kubyangiza. Umwarimu n’ababyeyi 
    bacu baranezerwa bakajya batubwira ko bashimishijwe n’imyitwarire 

    yacu.

    2.Inyunguramagambo

    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    Bononaga, kubibungabunga, umukungugu, gusesagura.

    a) Ibidukikije tugomba_________________ 
    b) Abanyeshuri babi_____________umutungo w’ishuri.
    c) Uriya mugabo yarakennye kubera__________umutungo.

    d) Nahanaguye_______________ku gikapu njyana ku ishuri.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe mitungo rusange yo ku ishuri ivugwa mu mwandiko? 
    b) Ni bande bagiriwe inama? 

    c) Ni izihe nama zatanzwe zo kubungabunga indabo?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Wakora iki kugira ngo ufate neza imitungo rusange? 
    b) Ni iki wakora ubonye mugenzi wawe yangiza umutungo rusange?

    c) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko?

    INDIRIMBO

    Ririmba indirimbo “Tuzarwubaka” wubahiriza injyana yayo.

    IMPUZANYITO

    Simbuza ijambo riciyeho akarongo impuzanyito ukuye mu dukubo.

    a) Uyu mwana akunda ibiryo. (umukire, amafunguro, aranezerwa)
    b) Iwacu duturanye n’umukungu. (amafunguro, aranezerwa, umukire) 

    c) Yagize amanota meza arishima. (umukire, aranezerwa, amafunguro)

    KWANDIKA

    1. Tondeka amagambo neza ukore interuro yumvikana maze 

    uyandike mu mukono. 

    ubuki - zihovwamo - indabo

    2. Shaka ijambo ririmo igihekane vy uryandike mu mukono.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inyamanza n’umuceri


    Kera ibiguruka byagize umugambi wo kubaka uruganda rukomeye 
    rutonora umuceri. Nuko bikoranya inama idasanzwe ngo byige uburyo 
    byazubaka urwo ruganda. 

    Iyo nama yari iyobowe n’umusambi kuko ibiguruka byose byawizeraga 

    cyane. Waranguruye ijwi ubisaba gutanga ibitekerezo mu kubaka 
    uruganda rutonora umuceri. Inyamanza iravuga iti: “Twabanza 
    guhinga umuceri bityo tukabona kubaka uruganda.” 

    Ibiguruka byose biyikomera amashyi kuko itanze igitekerezo kiza 

    bigomba gukurikiza. Nyamara yabivuze ityo kugira ngo ige iwirira 
    kuko yawukundaga bihebuje. Umusambi washoje inama ubibwira ko 
    abashyize hamwe ntakibananira byiyemeza kuwuhinga.

    Bukeye, ibiguruka bifite intege byaje byitwaje amasuka bihinga 

    umurima w’umuceri. Hashize iminsi, umuceri urera inyamanza 
    itangira kujya yibeta ikajya kuwiba. Rimwe igikona, inshuti magara 
    y’inyamanza, cyasanze iwiba igisaba kuyigirira ibanga. Cyaranze 
    gikoma akaruru ibindi biguruka biza byihuta ngo birebe ikibaye. 

    Bihageze, bisanga inyamanza yasaruye umuceri iwushyira mu mufuka 

    byose birayigota. Inyamanza iramwara isaba imbabazi ivuga ko 
    itazongera kwiba na gato. Byarayibabariye biyisaba kutazongera 
    kwiba ukundi.

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ibiguruka byagize uwuhe mugambi?
    b) Ni ikihe kiguruka cyayoboye inama? 

    c) Ni ikihe kiguruka cyabonye inyamanza yiba umuceri? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Ni iki washima igikona? 
    b) Kuvugisha ukuri bimaze iki?

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki? 

    IMVUGWAKIMWE

    Itegereze interuro zavuye mu mwandiko maze utahure 

    ibindi bisobanuro by’amagambo aciyeho akarongo.

    1. Bukeye ibiguruka byose bifite intege byaje byitwaje amasuka.
    2. Ni byiza kwambara amakanzu maremare ahisha intege.
    3. Umuceri urera inyamanza itangira kujya iwiba.

    4. Yameshe umwenda urera.

    Menye ko:

    Imvugwakimwe ari amagambo asomwa kimwe, 
    akandikwa kimwe ariko ntagire igisobanuro kimwe.
    Urugero: Gukira: - gukira indwara.

     - gukira ubukene

    Umwitozo
    Tanga ibisobanuro bibiri binyuranye kuri buri mvugwakimwe.
    1. Gusoma 
    2. Guca

    3. Gusama

    KWANDIKA

    Andika irindi herezo rishoboka ry’ inkuru “ Inyamaza n’umuceri”

    Inyamanza iramwara isaba imbabazi ivuga ko itazongera kwiba 

    na gato. Byarayibabariye ariko……….

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Nzakorera u Rwanda


    Nzakorera u Rwanda
    Nzaharanira kurwubaka
    Nzabana n’abandi mu mahoro

    Turuteze imbere.

    s

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Uvuga mu mwandiko, azarwanya iki? 
    b) Uvuga mu mwandiko azamagana ba nde? 

    c) Uvuga mu mwandiko azabana n’abandi ate?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Umuntu yakora ibihe bikorwa byo guteza imbere igihugu?
    b) Ni iki ukora kugira ngo ubungabunge ibidukikije? 

    c) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko?

    IMBUSANE

    1. Itegereze interuro zikurikira maze ugereranye ibisobanuro 
    by’amagambo aciyeho akarongo.
    Iwacu ni nge mukuru.

    Iwanyu ni wowe muto

    Menye ko:

    Imbusane ari amagambo afite ibisobanuro binyuranye. 

    Urugero: Umugore / umugabo

    2. Umwitozo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro imbusane 
    zayo zikurikira: ntangiriro, yivira, kure, umurava, ubukire, 

    ashimishijwe, ubutwari

    a) Tuzaruhuka mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga.
    b) Rungano yigira mu ishyamba hafi y’ishuri.
    c) Mariya ababajwe n’iki?
    d) Uyu mwana agira ubugwari.

    e) Ubukene buterwa n’ubunebwe.

    Kwandika
    Tondeka izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Avoka idahiye irahanuka imwikubitaho arakomereka.
    Agezeyo abaganga baramwakira.
    Umuturanyi wabo yihutira kumujyana kwa muganga.
    Mutoni yari yicaye mu nsi y’igiti cya avoka.
    Bamwitayeho arakira ababyeyi be bashimira umuturanyi.

    Kwandika

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Ubusitani bw’ikigo k’ishuri ryacu bwari bwaramezemo ibyatsi 
    byinshi.
    Umwarimu wacu adusaba kongera kubukorera neza.
    Bukeye tuzana imfwati dukuramo ibyatsi byari byaramezemo.
    Duteramo izindi ndabyo ubusitani busa neza.
    Turangije umwarimu wacu aradushimira.

    Ikibazo: 

    Vuga ingingo y’ingenzi ivugwa muri aka gakuru, uyandike mu ikayi 
    yawe.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ubutwari bw’impyisi


    Kera mu gihugu k’inyamaswa hateye icyorezo k’indwara n’inzara 
    idasanzwe. Intare umwami w’ishyamba birayibabaza cyane ikoranya
    inyamaswa zose zavuraga izindi. Izisaba gusuzuma no kuvura 
    inyamaswa zari zibasiwe n’icyo cyorezo zirananirwa.

    Intare yigira inama yo kohereza urukwavu, impyisi n’ingwe kwihugura 

    mu mahanga. Yazohereje mu gihugu cy’Abidishyi cyari kizwiho 
    ubuhanga mu kuvura indwara z’ibyorezo. Umwami w’ishyamba 
    yazisabiye anazishyurira amahugurwa yagombaga kumara amezi 
    atandatu yose. Inyamaswa zigezeyo zihasanga ubukungu budasanzwe 
    kandi iwabo inzara ica ibintu. 

    Amahugurwa amaze kurangira, urukwavu n’ingwe zo zifata ikemezo 
    cyo kwigumirayo. Impyisi itekereza akaga yasize mu gihugu cyazo, 
    igira impuhwe isubirayo. Intare ibabazwa no kubona hagarutse 
    impyisi gusa kandi yarajyanye n’izindi. Impyisi itangira kuzivura 
    amanywa n’ijoro ikoresheje icyatsi yakuye mu Bidishyi. 

    Zimaze gukira, intare umwami w’ishyamba ikoranya inyamaswa zose 

    zikora umunsi mukuru. Ihagurutsa impyisi iyikora mu ntoki irayibwira 
    iti: “Wabaye intwari.” Inenga ingwe n’urukwavu ubugwari zagize 
    zishidukira ubukungu zigatererana abarwayi. Kuva ubwo inyamaswa 
    ziyemeza kujya zitangira igihugu cyazo zikajya zitabarira hamwe.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje amagambo akurikira: icyorezo, 

    ikoranya, Ubugwari, impuhwe.

    a) Nabonye yarembye mugirira________ mujyana kwa muganga. 
    b) Intare yaremesheje inama__________inyamaswa zose. 
    c) SIDA ni__________cyakwirindwa.

    d) ___________bwe bwatumye bamugaya.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyababaje intare? 
    b) Intare yigiriye iyihe nama ngo icyorezo kivurwe? 

    c) Kubera iki urukwavu n’ingwe bitagarutse?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Kuki twavuga ko urukwavu n’ingwe byabaye ibigwari? 
    b) Ni iki kigaragaza ko intare ari umuyobozi mwiza? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    IMVUGWAKIMWE

    2. Ukoresheje ijambo wahawe kora indi nteruro ifite igisobanuro 

    kinyuranye

    Urugero: 
    gutera: Mama yateye intabire/ inkoko yateye amagi.
    1. Icyatsi: umwishywa ni icyatsi kirandaranda.
     ……………………………………………………
    2. Kubika: kuri radiyo bavuga amatangazo yo kubika.
     ……………………………………………………………
    3. Imbata: Uyu mwana yoroye imbata ebyiri.
     ………………………………………………….
    4. Gukira: Mucyo yari arwaye none yarakize.

     ………………………………………………………

    IMBUSANE

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro imbusane 

    zikurikira: ubugwari, ishimishwa, ijoro.

    a) Ubutwari bwe bwatangaje benshi. 
    b) Inyamanza ibabazwa n’uko ihageze kare. 

    c) Sinkangwa n’amanywa nkora igihe cyose.

    KWANDIKA

    1. Uzuza interuro ukoresheje ibihekane bikurikira uyandike mu 

    mukono: pfy, ryw.

    a) Inka yakapfaka____e ubwatsi ntiyabumara. 

    b) Bakame yarya_____e n’igikona.

    2. Ongera usome umwandiko “Ubutwari bw’impyisi” utahure 

    ingingo y’ingenzi irimo.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inshuti y’ibihe byose

    Imparage ishaje yari imaze igihe yararembye yarabuze icyayijyana 
    kwa muganga. Abavandimwe ndetse n’abana bayo bose bari batuye 
    kure cyane. 

    Umunsi umwe, impara ijya kuyisura, isanga yararembye cyane 

    iyigirira impuhwe. Impara ibonye uko yahorose, birayibabaza cyane 
    itangira kuyishakira icyo yatamira. Imparage yakomeje kuremba 
    impara ifata umwanzuro wo kuyijyana kwa muganga. 

    Yagerageje gushaka ivuriro hafi y’aho impara yari ituye ariko 

    rirabura. Bukeye iyishyira ku mugongo ijya kuyivuza ku kandi gasozi. 
    Burya koko babivuze ukuri ko inshuti uyibona mu byago. 

    Ako gasozi kabagaho intare y’inkazi nyamara impara
    irihara maze 
    iyijyanayo. Impara iyigejeje kwa muganga ivurwa neza hashize iminsi 
    irakira. Abaganga barazisezerera maze zihita zisubira mu rugo zifite 
    umunezero mwinshi. 

    Mu nzira zitaha, imparage yashimiye cyane impara urukundo 

    n’ubutwari yayigaragarije. Irayibwira iti: “Koko inshuti ya hafi 
    ikurutira umuvandimwe wa kure.” Ikomeza kuyibwira ko itazigera 
    iyibagirwa cyangwa ngo iyihemukire. Impara na yo iyisezeranya 

    gukomeza kuyibera inshuti y’ibihe byose.

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe nyamaswa yari yararwaye?
    b) Impara yatwaye ite imparage ijya kuyivuza? 

    c) Kubera iki izo nyamaswa zagiye kwivuriza ku kandi gasozi?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Mugenzi wawe arwaye wamufasha iki? 
    b) Ni iki washima impara? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko? 

    IMIGANI MIGUFI

    1. Soma interuro ikurikira ivuye mu mwandiko utahure icyo 

    isobanura.

    - Ugira ineza ukayisanga imbere.

    Menye ko:

    Iyi nteruro ari umugani mugufi. Umugani mugufi ni 
    interuro ngufi iba ikubiyemo inyigisho.
    Urugero: Inkingi imwe ntigera inzu.

    Izindi ngero:
    1) Abagiye inama Imana irabasanga.
    2) Abishyize hamwe ntakibananira.
    3) Agapfundikiye gatera amatsiko.
    4) Akeza karigura.
    5) Bagarira yose ntuzi irizera n’irizarumba. 
    6) Igiti kigororwa kikiri gito.
    7) Imana ifasha uwifashije.
    8) Inyana ni iya mweru.
    9) Kora ndebe iruta vuga numve.
    10) Ugira Imana agira umugira inama.
    11) Uwitonze akama ishashi.
    12) Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.

    Imyitozo

    Itegereze amashusho akurikira uyahuze n’imigani bijyanye.

    w

    Kwandika
    Soma agakuru gakurikira maze wandike ingingo y’ingenzi ivugwamo.
    Gatama yakundaga guca insinga z’amashanyarazi akajya kuzigurisha.
    Umunsi umwe, umusaza Gakwerere asanga 
    arimo kuzica.
    Aramwegera amubuza gukomeza guca insinga 

    z’amashanyarazi.

    Yamubwiye ko kwangiza amashanyarazi bibujijwe kandi bihanwa 

    n’amategeko. Amwibutsa ko amashanyarazi ari umutungo 
    w’igihugu ugomba gukoreshwa neza. Gatama yahise areka 
    gukomeza guca insinga z’amashanyarazi. Avuga ko atazongera 

    kwangiza ibikorwa bifitiye igihugu akamaro.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ikifuzo cya Gasore


    Gasore yari umwana ufite nyina w’umuganga, se akaba umusirikare. 
    Yabonaga nyina avura abantu, se arinda igihugu we akifuza 
    kuzabikomatanya. Yumvaga azaba umuganga akaba n’umusirikare 
    ngo akore imyuga y’ababyeyi be bombi.

    Umunsi umwe, yumvise itangazo rihamagarira abantu kwiyandikisha 

    mu ngabo z’igihugu. Akibyumva abwira ababyeyi be ko agiye 
    kwiyandikisha mu ngabo z’igihugu. Bamusubiza ko akiri muto cyane 
    agomba gutegereza akarangiza kwiga.

    Umunsi umwe, anyuze ku murenge ahasanga urubyiruko 

    rwiyandikishaga mu gisirikare. Abasaba kumwandika maze 
    bamubaza umwirondoro, ati: “Nitwa Gasore Antoni. Mfite imyaka 
    icumi, navukiye i Taba mu Kagari ka Tetero. Niga mu mwaka wa 
    gatatu w’amashuri abanza ndifuza kuba umusirikare.” Akirangiza 
    kuvuga umwirondoro we abari aho bose baratangara baraseka 
    barakwenkwenuka.

    Bamubwira ko igitekerezo ke ari kiza nubwo bidashoboka. 

    Bamusobanurira ko akiri muto, agomba kwiga akazaba umusirikare 
    arangije. Umwana yarabyumvise arataha ariko icyo kifuzo ntiyigeze 
    akireka. Amaze kwiga ubuvuzi bw’indwara z’amenyo, yinjiye mu 

    ngabo z’igihugu. 

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ababyeyi ba Gasore bakoraga iki? 
    b) Kuki Gasore yifuzaga kuba umuganga w’umusirikare? 

    c) Kuki ku Murenge banze kwandika Gasore? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni ibihe bikorwa ujya ubona abasirikare bakora? 
    b) Ni iki kigaragaza ko Gasore yari intwari? 

    c) Wowe urumva uzaba iki urangije kwiga ? 

    UMWIRONDORO

    Itegereze interuro zikurikira zavuye mu mwandiko maze 

    utahure icyo zivugaho.

    1) Nitwa Gasore Antoni.

    2) Mfite imyaka icumi, navukiye i Taba mu Kagari ka Tetero.

    Menye ko:

    Umwirondoro ari inyandiko igaragaza ibiranga 
    umuntu. Mu mwirondoro wandikamo:
    - Amazina yawe,
    - Aho utuye (akarere n’umurenge),
    - Ababyeyi bawe (so na nyoko),
    - Imyaka yawe,
    - Aho wiga n’umwaka wigamo,
    - Icyo ukunda.

    KWANDIKA
    Andika wuzuza umwirondoro ukurikira.
    Nitwa……………………………………………………..….
    Navukiye mu Murenge wa………………………...
    Mu Karere ka ………………………………….………….
    Mama yitwa………………………………………….……..
    Data yitwa…………………………………………………..
    Mfite imyaka……………………………………………….
    Niga mu mwaka wa………………………………………

    Nkunda...........................................................

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Imigezi y’inyamaswa


    Kera igikeri cyakundaga kwangiza imigezi, inyamaswa zikabura amazi. 
    Intare itumaho izindi nyamaswa ngo izibaze uwangiza imitungo 
    rusange zihuriyeho. Zihageze yaraziganirije izisaba ko zakora 
    ubugenzuzi zigafata uwangiza imigezi yazo.

    Bukeye inyamaswa zikajya zirinda imigezi ngo zifate uyangiza ariko 

    ntizamubona. Zasubiye ibwami zibwira intare ko zakoze ibishoboka 
    zikabura uwangiza imigezi. Irazibwira iti: “Uburiye umubyizi mu kwe 
    nta ko aba atagize.” Yazisabye kudacika intege inazemerera igihembo
    gikomeye niziramuka zifashe uzangiriza imigezi.

    Zabajije intare icyo gihembo, nuko izisubiza ko agapfundikiye gatera 

    amatsiko. Irakomeza izibwira ko zizakimenya niziramuka zifashe 
    uzangiriza imigezi yazo. Igikeri gishya ubwoba, n’isoni nyinshi, gisaba 
    imbabazi kemera ko ari cyo cyayangizaga. Inyamaswa ziriyamirira 
    ziti: “Burya koko abwirwa benshi akumva bene yo.” 

    Igikeri gikomeza gutakamba cyane, inyamaswa zirakibabarira kivuga 

    ko kitazongera kwangiza imigezi. Kiyemeza kujya kiyirinda buri gihe 
    no kubishishikariza izindi nyamaswa zose. Kuva ubwo ntikirongera 
    kwangiza imigezi n’indi mitungo rusange inyamaswa zihuriyeho.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    umutungo rusage, ubugenzuzi, igihembo, Gutakamba

    a) Abayobozi b’amashuri bakora_________bareba ko amasomo 
    agenda neza.
    b) Yahawe__________cy’uko yatsinze irushanwa.
    c) Kwangiza__________ni bibi.
    d) _________usaba imbabazi bituma ubabarirwa.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni iyihe nyamaswa yakundaga kwangiza imigezi? 
    b) Intare ibonye imigezi ikomeje kwangirika yabigenje ite? 

    c) Inyamaswa zisubiye ku ntare zayibwiye iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Mukora iki kugira ngo mufate neza imigezi iboneka iwanyu? 
    b) Kuki tutagomba kwangiza imigezi ? 
    c) Igikeri kigufashije kumenya iki mu buzima busanzwe ? 

    IMIGANI MIGUFI

    Ukurikije urugero wahawe, huza umugani mugufi n’igisobanuro cyawo


    UTWATUZO

    Andika izi nteruro ushyireho utwatuzo dukwiye.

    a) Kera igikeri cyakundaga kwangiza imigezi
    b) Igikeri kisubiyeho pe

    c) Ni iyihe nyamaswa yangiza imigezi

    UMWIRONDOR0
    UTWATUZO

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Nitwa Atete Charlotte. 
    Data yitwa Rugwiro Eric.
    Mama yitwa Zaninka Rosine.
    Navutse ku itariki 5/12/2013.
    Mvukira mu Mugi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro.
    Ubu nge n’ababyeyi bange dutuye mu Gatenga.
    Nkunda umukino wo gusiganwa mu kwiruka.

    Ikibazo
    : Andika umwirondoro wawe ugendeye k’uwo umaze gusoma.
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Abana ba Kanyandekwe

    c

    Umusaza Kanyandekwe n’umugore we Mupfasoni bari batuye mu 
    Karere ka Gasabo. Bari batuye hafi y’ibiro by’Akagari ka Nyabisindu. 
    Bahoraga bifuza kuganiriza abana babo ku buzima bwabo bakiri bato. 
    Umunsi umwe, abo bana bicaye imbere yabo babatega amatwi

    Umusaza aratangira ati: “Bana bange gusaza ni ugusahurwa.” Abana 

    be bumvise ayo magambo ya se bamubaza impamvu ayababwiye. 
    Ababwira ko bakiri bato bakundaga gukorera igihugu, bakitabira 
    ibikorwa by’ubutabazi. Ntibasibaga mu muganda kugira ngo bagire 
    uruhare mu kubaka Igihugu. Umukecuru Mupfasoni yungamo 
    ababwira ko bakoreye urugo rwabo barurinda inzara. Abana 
    bababaza icyo bakora ngo bazabe ababyeyi beza nka bo. Umukecuru 
    ati: “Abishyize hamwe ntakibananira kandi inkingi imwe ntigera 
    inzu.”Abana bumvise amagambo y’ababyeyi babo yuje impanuro 
    birabashimisha cyane.

    Hanyuma bakajya bashyira hamwe aho bari hose, bagatahiriza 

    umugozi umwe. Ku ishuri wasangaga ari abana b’intangarugero 
    mu kwitabira ibikorwa by’ubwitange. Iyo abandi banyeshuri 
    bashyamiranaga, aba bana bihutiraga kubakiza. Inama ababyeyi 

    2.Inyunguramagambo
    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.
    c
    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni bande Kanyandekwe na Mupfasoni bahamagaye?
    b) Babahamagariye iki? 
    c) Ni ibihe bikorwa Kanyandekwe na Mupfasoni bakundaga 

    kwitabira bakiri bato?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki muganira n’abantu bakuru mubana? 
    b) Ni akahe kamaro ko kumvira inama ugirwa n’abakuru? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INYUGUTI NKURU

    Soma interuro zikurikira maze utahure aho inyuguti nkuru yakoreshejwe.

    a) Kanyandekwe n’umugore we Mupfasoni bari batuye mu Karere 
    ka Gasabo

    b) Bari batuye hafi y’Ibiro by’Akagari ka Nyabisindu. 

    Menye ko:

    Inyuguti nkuru itangira ijambo ry’urwego 
    rw’umurimo. 

    Urugero
    : Nagiye gusura ababyeyi mu Mudugudu 

    wa Nyarusange, Akagari ka Mwezi, Umurenge wa 

    Karengera.

    Umwitozo:

    Andika interuro ikurikira ushyira inyuguti nkuru aho 

    biri ngombwa.

    Ababyeyi ba Cyusa batuye hafi y’akarere ka ruhango, 

    umurenge wa byimana, akagari ka kirengeri.

    KWANDIKA

    Tondeka izi nteruro maze uzikurikiranye wandike mu 

    mukono agakuru kavamo.

    Nyina yaje kumusobanurira akamaro ku gukaraba intoki 
    arasobanukirwa.
    Byatumaga ahora arwaye inzika agahora kwa muganga.
    Ubu ntakirya adakarabye intonki kandi afite ubuzima bwiza.

    Kera Karake kakundaga kurya atabanje gukaraba intoki.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ubwitange bwa Mutesi


    Mutesi yari avuye ku ishuri ahetse agakapu ke. Ari mu nzira abona 
    uruhombo rw’amazi rwangiritse rufite umwenge, amazi arimo 
    kumeneka. Afata umupira we w’imbeho awutsindagira kuri wa 
    mwenge wavaga.

    Akomeza kuwutsindagiraho kugira ngo amazi adakomeza 

    kumeneka. Umupira wuzuramo amazi ariko akomeza 
    kuwutsindagiraho atitira. Akiri aho hahinguka abagabo babiri 
    bajyaga guhinga. Arabahamagara abasaba ko bamufasha gusana 
    uruhombo rwangiritse. Baramwemerera bapfuka umwenge wavaga 
    maze amazi ntiyongera kumeneka.

    Barangije bamushimira ubwitange yagize bwo gutabariza 

    abaturage bari kuza kubura amazi.


    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    s

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni ba nde bafashije Mutesi gusana uruhombo? 
    b) Mutesi abona uruhombo rwatobotse yari avuye he?

    c) Ni iki Mutesi yakoze kugira ngo amazi adakomeza kumeneka?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Iyo uza kuba Mutesi wari kubigenza ute? 
    b) Ni iki kivugwa ku iherezo ry’umwandiko? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    INSHAMAKE

    1. Soma umwandiko “Ubwitange bwa Mutesi” ushake ingingo 

    z’ingenzi ziri muri uwo mwandiko.

    2. Hera ku ngingo z’ingenzi wandike inshamake y’umwandiko.

    Menye ko:

    - Inshamake iba igizwe n’ingingo z’ingenzi zivugwa 
        mu mwandiko. 
    - Inshamake yandikwa ishingiye ku magambo 
      y’ingenzi ari mu mwandiko.

    Urugero
    : Mutesi yabonye uruhombo rwatobotse 

    amazi ameneka agerageza gupfuka uwo mwenge 
    biramunanira, ahamagara abagabo babiri 
    barawupfuka.

    UMWITOZO
    Soma aka gakuru maze wandike inshamake yako mu nteruro 
    eshatu gusa.

    Agakuru
    Icyumba k’ishuri ryacu cyari kimaze iminsi kidakorerwa isuku. 
    Twese twasiganiraga kugisukura kigahora gisa nabi. 
    Umwarimu wacu yaratwegereye, atugira inama yo kugisukura. 
    Yatubwiye ko ari umutungo rusange tugomba kwitaho kuko 
    tugihuriramo twese. Bukeye twazanye imyeyo, tuvoma n’amazi 
    dukora isuku. Twasukuye inkuta, urugi, amadirishya ndetse 
    n’intebe zose.
    Ishuri ryongera gusa neza, maze twese turishima ducinya 

    akadiho. Ubu ishuri ryacu rirangwamo isuku kuko turyitaho.

    KWANDIKA

    Uhereye ku mwandiko “Ubwitange bwa Mutesi” andika 
    agakuru k’imirongo 4 cyangwa 3 kagaragaza uburyo akunda 

    Igihugu.

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kabanyana na Muhoza

    s

    Kabanyana ni umwana ugira abandi inama na we akagisha inama. 
    Muhoza we ni umuntu utagira icyo yitaho w’intabwirwa.

    Umunsi umwe bava ku ishuri, Muhoza agenda akinira mu 

    muhanda. Kabanyana amubujije undi amutera utwatsi. Kabanyana 
    aramwegera, amubwirana ubwitonzi ati: “Nshuti yange amagara 
    araseseka ntayorwa!” Amusubiza amwishongoraho ko ubuzima bwe 
    butamureba ko atanamushinzwe. Kabanyana ababazwa no kumva 
    Muhoza amwishongoyeho kandi yamugiraga inama nziza. Kabanyana 
    yarikomereje asiga amwibukije ko gukinira mu muhanda biteza 
    impanuka. 

    Kabanyana ageze mu ikorosi yumva igikamyo
    gikonkoboka atekereza 
    kuri Muhoza. Yirengagiza uburyo yamusuzuguye maze yiyemeza 
    kujya kumukura mu muhanda. Yahise asubira inyuma yiruka 
    amasigamana ngo arebe ko yatabara Kabanyana. Yamugezeho 
    ahita asimbuka aramushikanuza bagwa hakurya y’umuhanda bacika 
    igikamyo batyo.

    Muhoza abonye ukuntu Kabanyana amwitangiye agira ikiniga 

    maze amusaba imbabazi. Kabanyana amwibutsa kujya yita ku 
    nama bagenzi be bamugira. Muhoza aramushimira amwizeza ko 

    bitazasubira.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 
    aramushikanuza, gikonkoboka, amwishongoraho, amutera 

    utwatsi.

    a) Karisa yabwiye Karima gushora inka_________________ .
    b) Ageze ahabi______________ amuvana mu kaga gakomeye. 
    c) Munana yasabye murumuna we kureka ubukubaganyi_______ .

    d) Ikimodoka cyabuze feri________ kerekeza munsi y’umuhanda.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Muhoza yakiniraga hehe? 
    b) Kabanyana yababajwe n’iki? 

    c) Ni iki Kabanyana yumvise gikonkoboka?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Kuba Kabanyana yarirutse amasigamana bigaragaza iki ? 
    b) Ni iki wakora mbere yo kwambukiranya umuhanda? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INSHAMAKE

    Soma aka gakuru ugahuze n’inshamake yako iri mu kadirishya.

    f

    KWANDIKA

    1. Andika interuro ikurikira ushyira inyuguti nkuru aho zikwiriye.

    kabanyana atuye mu mudugudu w’inyange, akagari ka bibare, 

    umurenge wa kimironko.

    2. Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Umusaza Gakire yahamagaye umwana we Ganza ngo baganire. Yifuzaga 
    kumuganirira ku mwuga w’uburobyi kugira ngo awumenye. Nuko 
    amwicaza hafi ye amubwira ko akiri muto yakundaga kuroba mu kiyaga. 
    Ganza amubaza niba uwo mwuga ushobora gutunga umuntu. Gakire 
    amusubiza ko ari umwuga ushora kumuteza imbere. Arongera amubwira 
    ko abawukora ubatunga ukanateza igihugu imbere. Kuva ubwo Ganza 
    akunda umwuga w’uburobyi bw’amafi akajya abyitoza. Ubu ni umurobyi 
    ukomeye mu gihugu hose kandi yiteje imbere.

    Ikibazo: Vuga inshamake y’aka gakuru maze uyandike mu ikayi yawe.

    Isuzuma risoza umutwe wa munani

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umuganda iwacu

    Hari hashize iminsi ndwariye kwa masenge utuye mu Ntara 
    y’Uburengerazuba. Maze gukira nagarutse imuhira, banyakirana 
    urukumbuzi rwinshi cyane. Ako kanya umuhwituzi avuza ingoma, 
    avuga ko hari iteme ryangiritse. Yatanze ubutumwa ko abaturage 
    bose bazindukira mu muganda wo kurisana.

    Bukeye twitabiriye icyo gikorwa cyo
    gusana iteme ryari ryangiritse. 
    Burya koko abishyize hamwe ntakibananira, buri wese yashyizeho 
    imbaraga ze. Nyuma y’igihe gito, iteme ryari rimaze gusanwa. Nk’uko 
    bisanzwe bigenda nyuma y’umuganda, umuyobozi w’umurenge wacu 
    yadukoresheje inama. Ashimira buri muntu ubwitange n’umurava 
    yagaragaje. Atubwira ko bigaragara ko iteme ryangijwe n’igiti 
    batemye kikarigwira. Bityo adushishikariza kubungabunga ibikorwa 
    remezo, twirinda ikintu cyose cyabyangiza.

    Abaturage twese twiyemeje gukurikiza inama tugirwa n’ubuyobozi. 

    Buri wese yiyemeza kugira uruhare mu gufata neza ibikorwa rusange.

    2.Inyunguramagambo

    i) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    x

    ii) Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo:

    kubungabunga, umurava, umuhwituzi, masenge.
    a) Umunyeshuri wigana _________ atsinda neza. 
    b) Nagiye gusura __________ anyakiriza amata.
    c) Umwarimu wacu yatubwiye ko_________ibidukikije ari 
    inshingano zacu.
    d) Karyabwite ni _______________ wacu udukangurira 

    kwitabira inama.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni nde wavuzaga ingoma? 
    b) Ni ikihe gikorwa bagombaga gukora mu muganda ?

    c) Abitabiriye umuganda biyemeje iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Vuga bimwe mu bikorwa by’umuganda ubona iwanyu?
    b) Kuki tugomba kurinda ibikorwa remezo ?

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    IMPUZANYITO

    Andika impuzanyito z’amagambo aciyeho akarongo.

    a) Twitabiriye icyo gikorwa cyo gusana iteme. 
    b) Ashimira buri muntu ubwitange n’umurava yagaragaje.

    c) Nagarutse imuhira banyakirana urukumbuzi rwinshi.

    IMVUGWAKIMWE

    Tanga ibisobanuro bibiri binyuranye kuri buri mvugwakimwe.

    a) Intara: 
    b) Gukira:

    c) Gukurikiza:

    IMBUSANE

    Andika imbusane z’amagambo aciyeho akarongo mu 

    nteruro zikurikira

    a) Hari hashize iminsi ndwariye kwa masenge.
    b) Masenge yari atuye mu Ntara y’Uburengerazuba.

    c) Nyuma y’igihe gito iteme ryari rimaze gusanwa.

    INSHAMAKE

    1. Soma aka gakuru ugahuze n’inshamake yako iri mu 

    kadirishya.


    2. Ongera usome umwandiko “Umuganda iwacu” maze ukore 

    inshamake itarenze interuro eshanu.

    IMIGANI MIGUFI

    a) Itegereze aya mashusho maze wuzuze imigani ikurikira.


    b) Huza iyi migani n’ibisobanuro byayo ukoresheje akambi.


    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umurava wa Mugenzi


    Igihe kimwe, Mugenzi yagiye gusaba akazi bamusaba kohereza 
    umwirondoro we. Ntiyari asobanukiwe neza umwirondoro icyo ari cyo 
    n’uko bawandika, ajya gusobanuza Kampire. 

    Kampire amusobanurira ko umwirondoro ari amakuru ku muntu. 

    Hagomba kugaragaramo amazina ya nyirawo. Hakanagaragaramo 
    igihe n’aho yavukiye, ababyeyi be ndetse n’icyo akora. Yanamwibukije 
    ko anavugamo icyo umuntu akunda cyangwa ikimushimisha mu 
    buzima bwe. Amubwira ko iyo ibyo birangiye, umuntu yandika amazina 
    agashyiraho umukono.

    Muri iyo minsi, Mugenzi yandika umwirondoro arawohereza. Hashize 

    igihe gito bamutumaho bamuha akazi yasabaga. Akimara ku kabona 
    yashimiye Kampire cyane. Amubwira ko akazi abonye ari we agakesha
    ko na we azajya afasha abandi. Mu kazi ke, Mugenzi yakoranaga 
    umurava kandi akarangwa n’ubwitange bukomeye. 

    Kuva ubwo Mugenzi yakodesheje inzu hafi y’umurenge. Nyuma 

    y’akazi, akigishirizamo abantu kwandika inyandiko zinyuranye zirimo 
    umwirondoro. Yabakaga amafaranga make cyane yo kumwunganira
    mu kugura ibikoresho. Abadafite amikoro yabigishirizaga ubuntu.

    Icyo gikorwa cyaramenyekanye maze ubuyobozi bw’akarere 

    buragishyigikira. Busaba ko muri buri murenge haboneka ibikorwa 
    nk’ibyo.

    2. Inyunguramagambo
    i) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    ii) Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    umukono, agakesha, kumwunganira, amikoro.

    a) Akazi afite____________ubunyangamugayo bwe.
    b) Umaze kwandika umwirondoro, ashyiraho________we.
    c) Nifuza_____________mu bikorwa by’iterambere.

    d) Nkora cyane kugira ngo nzagire________ .

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni nde basabye kohereza umwirondoro we? 
    b) Kuki bamusabye umwirondoro we? 

    c) Ku kazi Mugenzi yarangwaga n’iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Iyo uvuye ku ishuri ni iki ukora kiguteza imbere? 
    b) Kuki utanga akazi yaka umwirondoro ugasaba? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INYUGUTI NKURU

    Andika interuro zikurikira ushyira inyuguti nkuru aho bikwiye.

    mugenzi ni umuyobozi w’umudugudu wa kayumbu. atuye mu 

    kagari ka gacundura, umurenge wa rwerere. 

    INDIRIMBO

    Andika inyikirizo y’indirimbo imwe mu zo mwize mu mwaka wa gatatu.

    UMWIRONDORO
    Andika umwirondoro wawe ugaragaza amazina yawe, amazina 
    y’ababyeyi, aho utuye, igihe wavukiye, ishuri wigaho, umwaka 

    wigamo n’ibyo ukunda.

    Indirimbo: Turate Rwanda yacu

    m

    1. Turate Rwanda yacu itatse inema
     Rwanda yacu nziza gahorane ishya
     Gitego cyatatswe ubwiza na Rurema 
     Hose baraguharanira.

    Inyikirizo:

    Rwanda nziza
    Ntuteze kuzahinyuka mu mahanga
    Rwanda nziza
    Abawe baguhaye impundu.

    2. Ufite ibirunga nka Muhabura

     Ni cyo gikuru mu birunga by’ino
     Ni wo munara w’uru Rwanda rwacu
     Aho uri hose uba ukitegeye!

    3. Twavuga iki se ku mazi magari

     Nka Kivu na Muhazi ya Buganza
     Burera na Ruhondo byo mu Murera
     Cyohoha inetesha Bugesera!

    4. Hari ubwo se mwageze mu mukenke, 

     Ngo murore impara n’imparage se,
     Hari ubwo se mwageze mu mashyamba,

     Ngo murore ingwe n’urusamagwe?

    Urutonde rw’amagambo

    Abadukana: ahagurukana bwangu.
    Abaherwe: abakire cyane.
    Abanga umuduri: aboha/akora umuduri.
    Abikesheje: abikuye. 
    Abungure inama: abahe igitekerezo.
    Abura n’inyoni itamba: abura n’umwe. 
    Abuzukuru: abana b’umwana wawe.
    Aca bugufi: ariyoroshya. 
    Adidimanga: atavuga neza.
    Agakesha: agakomora. 
    Agaseke: akebo gato gafite umutemeri.
    Agatege: imbaraga.
    Agira ishyushyu: agira ubushake bwinshi. 
    Ahiga: arusha abandi.
    Akabakirigitira umurya: akabacurangira.
    Akabisi n’agahiye: byose. 
    Akarasisi: uburyo bwo kugenda umujyo umwe mwiyereka.
    Akarima k’igikoni: akarima k’imboga ko mu rugo.
    Akubitwa n’inkuba: arumirwa. 
    Amadovize: amafaranga ava mu bindi bihugu.
    Amagara: ubuzima.
    Amajyambere: iterambere.
    Amajyo: ikerekezo.
    Amakenga: ubwoba buvanze n’ubushishozi.
    Amakimbirane: ubwumvikane buke.
    Amapfa: inzara iterwa n’izuba ryinshi.
    Amaronko: ibintu ubona kubera gukora ikintu runaka bikakugirira akamaro.
    Amasenga: intaho y’impyisi.
    Amasezerano: ubwumvikane.

    Amatsiko: inyota yo kumenya.
    Amavumvu: indirimbo abavumvu baririmbira inzuki.
    Amavunane: umunaniro umuntu agira bitewe n’akazi yakoze.
    Amerwe: ubushake bwinshi bwo kurya ikintu.
    Amikoro: ubushobozi.
    Amutera utwatsi: aramuhakanira. 
    Amwishongoyeho: amwiraseho.
    Anatengurwa: anatitira.
    Arabashwishuriza: arabahakanira.
    Arabunga: arabakiranura.
    Arahindukira: areba inyuma areba inyuma.
    Arampwitura: arankangura, aranshishikaza.
    Aramuhumuriza: amumara ubwoba..
    Aramushikanuza: amukurura bwangu
    Aranzika: aratangira.
    Arita mu gutwi: arabyumva.
    Ashya ubwoba: agira ubwoba.
    Ashyogoranya: aterana amagambo. 
    Atamutoteza: atamubwira nabi. 
    Atijana: atiganyira.
    Atitira: atengurwa.
    Awutsindagira: awushyirana imbaraga. 
    Babatega amatwi: baritonda baramwumva.
    Babirengaho: ntibabyubahiriza.
    Bagenda makeri: bagenda basimbagurika basutamye.
    Bagimbutse: batangiye kumenya ubwenge.
    Bakomaga: bakoraga imyambaro mu bishishwa by’imivumu.
    Bamuhaga akato: baramuhezaga.
    Barabahanura: babagira inama.
    Barabuze amahwemo: barabuze umutuzo.
    Baraducucuye: batwibye ibintu byose.

    Baragatora: bagafata mu mutwe.

    Baraguharanira: barakurwanirira
    Baragukumbuye: bifuza kukubona.
    Barakwenkwenuka:baraseka cyane.
    Baramamaye: baramenyekanye cyane
    Baramucyurira: bamubwira nabi bamwibutsa ibibi yabakoreye.
    Baramukwena: baramuseka.
    Barancyaha: bangira inama.
    Baravunyisha: barakomanga.
    Barayihinda: barayirukana, bayisubizayo.
    Basagarirana: benderezanya. 
    Bashoreye: bakurikiye.
    Bashyamiranaga: batumvikanaga.
    Batebuka: babanguka.
    Batitabiraga: batashishikariraga.
    Bigasukirana: bigaturana, bigahana. 
    Bihebuje: byiza cyane.
    Bikororoka: bikabaho. 
    Binubira: bijujutira. 
    Biramuyobera: abiburira igisubizo. 
    Birayigota: birayikikiza bigamije kuyifata.
    Bononaga: bangizaga.
    Bwangu: vubavuba. 
    Byakudindiza: byagutinza.
    Byangiza: byica.
    Byirwanaho: byifasha muri byose. 
    Diyasipora: abenegihugu baba mu bindi bihugu.
    Gahunda: uburyo bwo gukora ikintu. 
    Gakondo: cyasizwe n’abasokuruza. 
    Gikonkoboka: kimanuka kihuta cyane. 
    Gucuranwa: kurya usahuranwa ibiryo.
    Gucyocyorana: guterana amagambo.

    Guhaha: kujya kugura ibyo kurya. 
    Guhomvomva: kuvuga ibiterekeranye.
    Guhumuza: gusoza.
    Gupyipyinyurwa: gukubwa imbyiro.
    Gusagarirana: kwenderezanya
    Gusana: tutunganya ibyangiritse. 
    Gusebywa: kuvugwa nabi. 
    Gusesagura: gupfusha ubusa.
    Gushotorana: kwenderezanya.
    Gushyamirana: kugirana ibibazo.
    Gutahiriza umugozi umwe: gushyira hamwe
    Gutakamba: gusaba imbabazi winginga.
    Gutashya: gushaka inkwi.
    Guteshuka: kwibagirwa gukora ibyo wagombaga gukora.
    Ibaruwa: urwandiko. 
    Ibibwana: ibyana by’imbwa.
    Ibidukikije: amashyamba, inyamaswa, amazi…
    Ibiguruka: inyoni n’ibisiga.
    Ibikorwa remezo: ibikorwa by’ibanze bifitiye abaturage akamaro.
    Ibikururanda: inyamaswa zigenda zikurura inda zitagendesha amaguru.
    Ibinyabuzima: ibintu byose bifite ubuzima.
    Ibirunga: imisozi miremire cyane.
    Ibiyobyabwenge: ibintu umuntu akoresha agata umutwe.
    Ibizenga: ibidendezi by’amazi.
    Ibundaraye: yunamye yihishe. 
    Ibyiyumviro: ibyo umuntu atekereza.
    Ibyondi: ubwoko bw’inguge. 
    Icyamamare: umuntu wamenyekanye cyane.
    Icyanya: aho inyamaswa zo mu gasozi zagenewe kuba.
    Icyaruhungabanya: icyarubuza umutekano.
    Icyorezo: indwara ifata abantu benshi icyarimwe.
    Igahinda umushyitsi: ikagira ubwoba. 

    Igihango: isezerano. 
    Igihembo: ishimwe.
    Igihunga: ubwoba bwinshi.
    Igihuru: ahantu hari ibyatsi bivanze n’ibiti binyuranye.
    Igikombe: igihembo gihabwa abahize abandi mu mikino.
    Ihiga: irusha.
    Ikirangirire: umuntu uzwi cyane. 
    Ikirego: Ikibazo cyashyikirijwe umucamanza.
    Ikiru: amande.
    Ikoranya: yegeranya, ihuriza hamwe.
    Imbamutima: ibyiyumviro.
    Imbwebwe: imbwa y’ishyamba.
    Imfura: umuntu ugira imico myiza.
    Imfura: umwana wa mbere.
    Imiheno: Imyobo y’imbeba.
    Imikoki: ahantu hacukutse kubera amazi y’isuri.
    Imikoro: imyitozo yo gukorera mu rugo. 
    Imitako: imirimbo.
    Imitubu: inyamaswa nto iba mu mazi, iri mu bwoko bw’ibikeri.
    Imitungo rusange: imitungo abantu bahuriyeho bose.
    Impamba: icyo umuntu atwara agiye ku rugendo ngo aze kukirya cyangwa 
     kukinywa.
    Impanga: abana barenze umwe bavukira rimwe ku mubyeyi umwe.
    Impanuro: amagambo abwirwa umuntu bamugira inama.
    Impongo: inyamaswa yo mu gasozi ijya kumera nk’inka.
    Impuhwe: imbabazi.
    Impumu: uguhumeka ubutitsa ubitewe n’ikintu runaka.
    Impwerume: imbwa y’ingabo.
    Imvi: imisatsi y’umweru.
    Incyamuro: agasuka gato bateza intabire.
    Incyuro: amagambo mabi abwirwa umuntu.
    Indakoreka: umuntu utumva inama agirwa.

    Indiri: aho udukoko cyangwa inyamaswa bitaha.
    Indyabyatsi: inyamaswa zitunzwe no kurya ibyatsi.
    Indyanyama: inyamaswa zitunzwe no kurya inyama.
    Indyoshyandyo: ibintu bashyira mu biryo batetse kugira ngo birusheho 
     kuryoha.
    Inema: imigisha.
    Ingabo y’igihugu: umusirikare.
    Inganzo: ubuhanzi buba mu mutwe w’umuhanzi.
    Ingasire: ibuye bakoresha basya ku rusyo.
    Ingenzi: ikintu kiza ku mwanya wa mbere kubera akamaro kacyo.
    Ingeragere: inyamaswa yo mu ishyamba izi kwiruka cyane.
    Ingingo: bimwe mu bice by’umubiri.
    Inguge: bumwe mu bwoko bw’inyamaswa zijya gusa n’abantu.
    Injyana: umugendo umwe.
    Inkanda: umwambaro w’abakurambere wakorwaga mu ruhu ukambarwa 
     n’abagore.
    Inkangu: ibitengu byatewe n’imvura.
    Inkazi: inyamaswa zigira amahane cyane zirya izindi.
    Inkingi: imihembezo y’urutoki.
    Inkoko ni yo ngoma: ndazinduka kare.
    Inkongoro: igikoresho gakondo banyweramo amata.
    Insanganyamatsiko: ingingo yandikwaho/ivugwaho.
    Inshingano: icyo umuntu ashinzwe gukora.
    Inshuti magara: abantu bakundana cyane.
    Inshwabari: imyambaro ishaje inacikaguritse.
    Inshwegegeri: udusimba tuva mu migina turibwa n’abantu.
    Inshywa: inzuzi ziva mu bicuma.
    Intaho: aho abantu cyangwa inyamaswa zitaha.
    Intimba: agahinda kenshi.
    Intonganya: amahane atuma abantu babwirana nabi.
    Inturo: injangwe yo mu gasozi. 
    Intwari: umuntu ugira ibikorwa by’intangarugero.

    Intyoza: umuhanga mu kintu runaka.
    Inyamabere: inyamaswa zifite amabere zonsa ibyana byazo. 
    Inzibyi: inyamaswa iba mu mazi, ifite umubyimba nk’uw’injangwe itungwa 
    n’amafi
    Inzobere: umuhanga cyane mu bintu runaka.
    Inzuzi: ikimera kera ibihaza, imyungu n’ibicuma.
    Ipfunwe: isoni zivanze n’ikimwaro.
    Irahashywa: irarwanywa.
    Iranshwaratura: iranosha.
    Iranshwiragiza: imbuza ikerekezo.
    Irarohama: igwa mu mazi irarengerwa. 
    Iratontomye (intare): irasakuje.
    Irayaturaga: ikura udushwi mu magi. 
    Irayisindagiza: iyifasha kugenda. 
    Irihara: irishora, iritanga.
    Isatura: ingurube y’ishyamba.
    Isega inanutse: imbwa yo mu ishyamba ifite umubiri muto. 
    Ishinge: ubwoko bw’ibyatsi bimera ku misozi itera.
    Ishumi: umugozi uzirika imbwa.
    Ishya: amahoro.
    Ishyaka: umuhate.
    Itaramamara: itarakwira hose.
    Iterambere: amajyambere. 
    Itiyo: uruhombo runyuramo amazi.
    Iyihekuye: iyiciye abana. 
    Kabakora ku mutima: karabanyura.
    Karahava: bitangaje. 
    Karajujubije: karababujije amahoro.
    Karatumuka: gahuhwa n’umuyaga. 
    Karemano: ikintu kitakozwe n’abantu.
    Katitije: kateye ubwoba.
    Kimeza (ishyamba): ritatewe n’abantu.

    Kizira: bibujijwe.
    Ku manywa y’ihangu: igihe cy’umunsi izuba riba riva.
    Kubibungabunga: kubyitaho.
    Kubogoza: gusaba imbabazi. 
    Kubuguza: gukina igisoro.
    Kubungabunga: kwita ku kintu.
    Kubwagura: kubyara kw’inyamaswa zibwegeka. 
    Kumasha: kurasa intego.
    Kumwunganira: kumufasha. 
    Kurondogora: kuvuga cyangwa kwandika amagambo menshi atari ngombwa.
    Kuryarya: gushuka umuntu umubeshyabeshya.
    Kuryarywa: kubeshywa.
    Kutijujutira: kutinubira.
    Kuyiraririra: kuyibundikirira amagi.
    Kuyisagarira: kuyibuza amahoro.
    Kuzabikomatanya: kuzabikora byombi.
    Kuzahinyuka: kuzasuzugurwa. 
    Kuzibungabungira: kuzirindira.
    Kuzishimuta: kuzihiga mu buryo butemewe.
    Kuziyunga: kuzongera kubana neza nyuma y’amakosa runaka.
    Kuzubahiriza: kuzakurikiza.
    Kwica amatwi: kugaragaza ko utumvise. 
    Kwinangira: kwanga guhinduka.
    Kwirwanaho: kwitabara. 
    Kwishongora: kwirata ku bandi.
    Kwiyahuza: kwiyicisha. 
    Magirirane: uburyo bwo kunganirana.
    Marume: musaza wa mama.
    Masenge: mushiki wa data. 
    Mbungabunga: nita. 
    Mu byanya: ahantu hagari.
    Mu byari: aho inyoni zitaha.
    Mu mihana: mu gasozi.
    Mu miheno: aho imbeba zitaha.
    Mu murwa: mu mugi munini.
    Mu museso: mu gitondo karekare. 
    Mukerarugendo: abantu basura ibyiza bitatse igihugu.
    Mu muzinga: aho inzuki ziba.
    Mvamahanga: ikintu gikomoka mu mahanga.
    Mwunge mu ryange:muvuge rumwe nange. 
    Nkana: ku bushake. 
    Ntatenguhe: ntamutererane.
    Ntibanacweza:ntibanaceceka.
    Ntiyirarira: ntiyiyemera.
    Ntiyitaga: ntiyahaga agaciro.
    Nyirakuru: umubyeyi w’igitsina gore wa data cyangwa mama.
    Nyirasenge: mushiki wa se.
    Pariki: ahantu habugenewe inyamaswa ziba.
    Sekuru: se wa se cyangwa wa nyina.
    Tuzarwubaka: tuzaruteza imbere.
    Twabadukanye: twahagurukanye.
    Twararusimbutse: ntirwadutwariye ubuzima.
    Twaryarywe: twarabeshywe.
    Ubugenzuzi: ugusuzuma uko ibintu bikorwa.
    Ubugwari: ukutaba intwari. 
    Ubukire: imitungo myinshi.
    Ubumwe: ubwumvikane mu bantu.
    Ubunebwe: ubushake buke bwo gukora.
    Ubushyamirane: ukutumvikana n’abandi.
    Ubwitange: ibikorwa bigaragaza ubutwari. 
    Uducuma: udukoresho gakondo banyweramo twera ku nzuzi.
    Ugororoka: umera neza, urambuka.
    Ugusahurwa: ukubura ibyawe.
    Umubyizi: igikorwa cy’umunsi.
    Umuganda: umubyizi. 
    Umugara: ubwoya burebure buba ku ijosi no ku mutwe w’intare.
    Umuhigo: ibyo umuhigi atahana avuye guhiga.
    Umuhunda: icyuma gisongoye ku mpera zombi.
    Umuhwituzi: ni uwibutsa abantu ibyo bagomba gukora.
    Umujinya: uburakari.
    Umujyanama w’ubuzima: umuntu ushinzwe kugira inama abaturage ku 
     bijyanye no kubungabunga ubuzima. 
    Umukambwe: umusaza ukuze cyane. 
    Umukannyi: umuntu wakoraga imyambaro gakondo mu mpu.
    Umukenke: ubwoko bw’ibyatsi inyamaswa zikunda kurisha. 
    Umukono: sinya. 
    Umukungugu: umucucu utumuka hejuru uturutse mu bitaka.
    Umunebwe: udakora akazi ke uko bikwiye.
    Umurage: Umutungo uhawe n’undi muntu nk’umubyeyi cyangwa inshuti.
    Umurava: Umwete.
    Umuturanyi: umuturage baturanye.
    Umwami w’ishyamba: Umutware w’ishyamba, umuyobozi w’izindi nyamaswa.
    Umwete: umurava.
    Umwirondoro: amakuru ku muntu.
    Urusaku: imivugire runaka y’inyamaswa.
    Uruyenzi: imvi nyinshi ku mutwe. 
    Urwego: umwanya ugaragaza ubusumbane bw’abantu mu bintu runaka.
    Urwina: umwobo bataramo ibitoki.
    Utunguka: uhinguka.
    Umwishywa: umwana wa mushiki wawe. 
    Wigamba: wirata.
    Yahorose: yananutse. 
    Yakapfakapfwe: yarembejwe.
    Yakapfakapfye: yariye ibyatsi ibivangavanga.
    Yaragikopwe: yagihawe ku ideni.
    Yarahorose: yarananutse.

    Yarajujubije: yarababujije amahoro. 
    Yaramwihanganishije: yaramukomeje.
    Yararembye: yararwaye cyane.
    Yarayizonze: yarayirembeje cyane.
    Yarazanzamutse: yatangiye gukira.
    Yaruhutse: yatuje.
    Yatamira: yarya.
    Yibeta: igenda yihishe.
    Yigira indakoreka: irananirana. 
    Yinumiye: yicecekeye.
    Yirengagiza: yiyibagiza.
    Yiriza umunsi: ahamara umunsi wose.
    Yiruka amasigamana: yiruka cyane.
    Yiyambaza: yitabaza.
    Yiyemera: yumva ko ari yo ibizi.
    Zakoze ku mitima: bazibajijeho. 
    Zarikoze: zishyize hamwe.
    Zibereye ijisho: zishimishije kuzireba.
    Zigakwira imishwaro: zigahunga.
    Zigaragariza: zereka.
    Zikagororoka: zikarambuka.
    Zimyiza imoso: zigira isoni / zigira ikimwaro.
    Zirarira: zirara zirinze. 

    Zitarumbywa: zitabuzwa kwera.

    Ibitabo byifashishijwe

    1. Clay, M. (1979), The early detection of reading difficulties, Portsmouth, NH: 
    Heinemann. 
    2. Cummins, J. (1979), Linguistic interdependence and the educational 
    development of bilingual children. Review of Educational Research 49:222-51 
    3. Dyson, A.H. (1988), Appreciate the drawing and dictating of young children. 
    Young Children 43(3):25-32 
    4. Edition Bakame (2010), Ikinyarwanda, Ikibonezamvugo cy’amashuri abanza 
    n’ayisumbuye. 
    5. Edition Bakame, (2007), Ikinyarwanda, Igitabo cy’umunyeshuri, umwaka wa 
    gatatu, Kigali. 
    6. Elley, W. (1989), Vocabulary acquisition from listening to stories, Reading 
    Research Quarterly 24:174-87. 
    7. Gay Su P. & Irene C. Fountas, (2003), Phonics lessons, Heinemann. 
    8. Graves, D. (1983), Writing: Teachers and children at work, Portsmouth, NH: 
    Heinemann. 
    9. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2009), Gusoma, Kwandika no 
    Kubara, Igitabo cy’Umwigishwa, Kigali. 
    10. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2015), Integanyanyigisho 
    z’Ikinyarwanda mu mashuri abanza: Ikiciro cya mbere, Kigali. 
    11. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho,(2004), Gusoma 3, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    12. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho,(2004), Gusoma 4, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    13. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2004), Gusoma 5, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    14. Institut de Recherche Scientifique et Technologique (IRST), (2011),
    Inkoranya y’Ikinyarwanda mu Kinyarwanda, MAGANEM, Kigali. 
    15. Kagame F., Zorzutti C.& Bonfils P. (2006), Imigani y’ikinyarwanda, Proverbes 
    rwandais. Proverbs from Rwanda, Éditions Sépia.
    16. Ministère de l’Education Nationale, Direction Générale des Etudes 
    et Recherches Pédagogiques, Bureau Pédagogique, (1977), Cours de 
    Méthodologie Spéciale Kinyarwanda, Kigali. 
    17. MK. (2007), Nige neza ururimi rw’ Ikinyarwanda, Igitabo cy’umunyeshuri, 
    umwaka wa gatatu, Kigali.

    Umutwe wa karindwi :Gukunda umurimoTopic 9