Topic outline

  • Umutwe wa mbere Imyuga gakondo

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    z

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    z

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    x

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Inyombya ihagaze ku mugwegwe uri mu nsina za Nshuti.

    b) Mugwiza agira ishyaka akita ku mbyeyi ze buri munsi.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Iterambere ry’umuryango

    m

    Kera Nsabimana na Mbyeyi bari abakene bikabije. Baje kwigira inama yo 
    guhinga insina n’imigwegwe. Mu mikorere yabo bagiraga ishyaka kandi 
    ntibashyamirane. 

    Bazindukaga kare bakorera insina n’imigwegwe byabo. Insina bazisasiraga 

    ishinge bakazifumbiza imborera. Bazishakiraga kandi inkingi bakazitega 
    ngo zitagwa. Uwo mushinga wabo watumye babona amafaranga menshi. 
    Ubu biteje imbere, bafite ishyo ry’inka z’imbyeyi n’imfizi. Abana babo 

    Mbyayingabo na Uwishyaka biga neza

    a) Ni iki cyavanye Nsabimana na Mbyeyi mu bukene bukabije?
    b) Nsabimana na Mbyeyi bazindukaga bakora iki?

    c) Byagenze bite umushinga wabo umaze kumenyera?

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo.

    ns, mby, shy, nsh, gw.

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    m

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    m

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Ku munsi wo kurya ubunnyano navuze mu ijwi riranguruye.

    b) Munywanyi yikanze ingwe asitara ku njyo.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Tubungabunge amashyamba

    m

    Mukannyi na Nyirangwije bagiye kwiga mu gitondo.
    Bageze mu 
    nzira babona ishyamba rya Njyanabo ryatwitswe.
    Iryo shyamba 
    ryabagamo ingwe n’ibijwangajwanga.
    Mukannyi yatabaje mu ijwi 
    riranguruye.
    Haza abaturage bararizimya ku manywa y’ihangu.

    Barangije, Semanywa yihanangiriza abangiza ibidukikije.
    Yamaganye abatwika amashyamba bitwaje umuriro ku njyo.
    Yibukije ko amashyamba atanga umwuka mwiza akanarwanya isuri.
    Mukannyi na Nyirangwije bakomeje urugendo bajya kwiga bishimye.

    a) Mukannyi amaze kubona ko ishyamba ryatwitswe yakoze iki?
    b) Ni izihe nyamaswa zabaga mu ishyamba rya Njyanabo?

    c) Ni akahe kamaro k’amashyamba kavuzwe mu mwandiko? 

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo: 

    jw, nny, nyw, njy, ngw

    m

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Ntaganzwa ntaha imfizi ze amazi arimo imisundwe.

    b) Ntirushwa afite imbwa y’inkazi.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Twirinde gushotorana

    d

    Rudasumbwa, Ndwaniye na Mfuranzima biga i Muyunzwe. Basoza 
    igihembwe umwarimu Mutarushwa yabasabye gukubura ishuri.
    Anabasobanurira ko kugira isuku birinda indwara.

    Aho gukubura, Ndwaniye yatangiye gushwana na Mfuranzima. 

    Yamubwiraga ko adakubura neza maze amwambura umweyo.
    Rudasumbwa abibonye arabakiza, ababwira ko gushotorana atari byiza.

    Yungamo ko bagomba kugira umuco uranga imfura.

    Ndwaniye asaba imbabazi Mfuranzima, yiyemeza kutazabisubira ukundi.

    a) Ndwaniye, Rudasumbwa na Mfuranzima biga he?
    b) Umwarimu yabwiye abanyeshuri ko isuku imaze iki?
    c) Byagenze bite Ndwaniye amaze kubwirwa ko gushotorana 

             atari umuco uranga imfura ? 

    6. Uhereye ku mashusho, hitamo igihekane maze wuzuze ijambo: 

         shw, mbw, mf, ndw, nzw

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    x

    4. Soma interuro zikurikira kandi wandike mu mukono.

    a) Inswa n’imiswa biri mu bihwagari bya Semiswa.

    b) Kutajya mu birori, Ntwazabagabo abivutswa n’ihwa ryamuhanze.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ntwari n’imiswa

    c

    Umunsi umwe, Ntwari yakinaga agapira. Muri uwo mwanya 
    havumbuka imbwa yirukanswaga n’abana. Nuko Ntwari asetswa no 
    kubona imbwa yiruka amasigamana

    Yarasetse cyane agapira karamucika kagwa mu miswa. Ahita 

    ahagurutswa no kukavanamo. Yifashishije igiti k’igihwagari ngo 
    akavanemo. Yaribeshye ahagarara mu miswa imurumye aratabaza. 

    Nyiramiswa wihanduraga amubera intwari areka kwihandura 

    ihwa aramutabara. Yafashe umuswari amuhanaguraho imiswa 

    anamuhereza agapira ke.

    a) Agapira ka Ntwari kamucitse ari gukora iki?
    b) Kubera iki Nyiramiswa yaje gutabara Ntwari? 

    c) Nyiramiswa yatabaye ate Ntwari?

    6. Hitamo igihekane maze wuzuze ijambo. sw, hw, nsw, tsw, ntw

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    b

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.
    a) Gapyisi wo mu Matyazo afite injwiri.

    b) Inzuki zadwinze Matayo agiye kwahirira inkwavu.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ubushotoranyi bwa Nyanjwenge

    g

    Nyanjwenge yakundaga gushotora inzuki za sekuru Nkwakuzi. 
    Nimugoroba yasokozaga injwiri ze akigira hafi y’umuzinga. 
    Ntiyakundaga gupyipyinyurwa nka Gapyisi murumuna we.

    Umunsi umwe, Nyanjwenge bamutumye inkwi, yigira guhakura. 

    Ageze ku muzinga w’inzuki yahise awegera atadagadwa. Mu muzinga 
    havuyemo inzuki ziramudwinga avuza induru. 

    Sekuru yasize isuka yatyazaga ku ityazo, aza kumutabara. Ahageze 

    arazimukiza amujyana mu rugo. Kuva ubwo Nyanjwenge arahira 

    kuzongera gukubaganira inzuki.

    a) Ni nde wakundaga gupyipyinyurwa?
    b) Kuki Nyanjwenge yavugije induru?
    c) Nyuma yo gutabarwa Nyanjwenge yafashe ikihe kemezo?


    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo. ty, nkw, py, njw, dw
    n
    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    r


    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.
    m
    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    l
    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.
    a) Ndyanabo ntarwara ibifwana kuko akunda inshyushyu n’intyabire.

    b) Busyete yahirira imbyeyi ye imicwira.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Indyo yuzuye

    l

    Ababyeyi ba Semacwa bamenye ko afite amagufwa adakomeye. 
    Banga kuba inshyanutsi ariko ntibanacweza. Bukeye, bagiye 
    kugisha inama umuturanyi wabo.

    Yabagiriye inama yo kumugaburira indyo yuzuye. Yababwiye 

    ko batazirengagiza kumuha inshyushyu, intyabire n’imbuto. 
    Igikoma bagitekeshaga ifu baseye ku rusyo. Nyina yabaye intyoza, 
    anamushakira indyoshyandyo zikwiye.

    Bagaburiye Semacwa, bidatinze amagufwa ye arakomera. Ubu 
    Semacwa yatangiye ishuri aca ukubiri n’indwara

    a) Ni nde ababyeyi ba Semacwa bagishije inama?
    b) Ni iki cyatumaga amagufwa ya Semacwa adakomera?
    b) Semacwa amaze kugaburirwa neza byagenze bite?

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo.

    sy, fw, ndy, cw, nshy, nty

    v

    Igihekane mpy/Mpy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mpy.

    n

    2. Erekana igihekane mpy/Mpy.

    x

    3. Soma imigemo ikurikira.

    r

    4. Soma amagambo akurikira.

    y

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Sempyisi yarwaye impyiko.

    b) Mpyorero yabonye impyisi mu ishyamba.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Mubyeyi kwa sekuru

    m

    Mubyeyi yagiye i Kayonza kwa Sekuru Sempyisi. Yifuzaga 
    kumenya imyambaro yambarwaga n’Abanyarwanda bo hambere.

    Agezeyo nyirakuru Nyirampyorero amwakirana urugwiro. 

    Nimugoroba bataramye, abaza Sempyisi uko hambere 
    bambaraga. Amusubiza ko bambaraga imyambaro ikoze mu 
    mpu. Abandi bakambara impuzu bakomaga mu bishishwa 
    by’imivumu. 

    Sempyisi yongeraho ko ikoze mu mpu yakorwaga n’abakannyi. 

    Anamubwira ko sekuruza Serupyipyinyurimpyisi na we yari 
    umukannyi.

    Mubyeyi arishima ndetse abashimira inyigisho nziza bamuhaye.
    a) Abanyarwanda bo hambere bambaraga imyambaro ikoze mu ki?
    b) Ni uwuhe mwuga Serupyipyinyurimpyisi yakoraga?

    c) Vuga indi myuga gakondo waba uzi.

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    n
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    d
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    m
    10. Soma ijambo uryandike mu mukono, unace akarongo ku gihekane mpy.
    a) impyisi
    b) Mpyorero

    b) Sempyisi

    Igihekane pw/Pw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi pw.

    m

    2. Erekana igihekane pw/Pw.

    n

    3. Soma imigemo ikurikira.

    m

    4. Soma amagambo akurikira.

    m

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Ibitabo byagombaga gucapwa byaracapwe.

    b) Sempyisi akopwa n’abacuruzi baturanye.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yamenye kuboha

    s

    Umunsi umwe, Mukamatsiko yari iwabo asoma igitabo. Icyo 
    gitabo nyina yari yaragikopwe na Mpyisi. Cyari igitabo 
    cyacapwe n’umuhanga witwa Nyirampyorero. 

    Urubyiruko rwose rwavugaga ko cyacapwe neza. Mukamatsiko 

    agisoma, yitegereje ishusho y’umugore wabohaga agaseke
    Bukeye yegera nyina amusaba kumwigisha kuboha. Nuko 
    bicaye mu nzu, nyina arabimwigisha.

    Kuva ubwo Mukamatsiko atangira gukunda imyuga gakondo. 

    Iyo bamutumaga guhaha yitwazaga agaseke yaboshye.

    a) Ni iki cyateye Mukamatsiko gukunda imyuga gakondo?
    b) Mu gitabo Mukamatsiko yasomaga, yabonye umugore wakoraga iki?

    c) Uretse agaseke, ni ibihe bikoresho bindi bibohwa?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    b

    10. Tondeka imigemo wahawe ukore ijambo, unaryandike unoza umukono.
    a) za - pwa - ca- ki
    b) ra- ko- ba - pwe

    c) a - pwa - ra - ko

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mpy/pw.

    d

    2. Soma imigemo ikurikira.

    b

    3. Soma amagambo akurikira.

    d

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Nyirampyorero arasoma igitabo cyacapwe neza.

    b) Sempyisi yakopwe umuti uvura impyiko.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ubukannyi bwabateje imbere

    n

    Umukannyi Sempyisi yuzuraga na Mpyorero bagatura mu 
    Bwanacyambwe. Uko Sempyisi yakungaharaga, Mpyorero we 
    yaburaga amajyo.

    Igihe cyarageze, Sempyisi yigisha Mpyorero umwuga 

    w’ubukannyi. Yagiraga ngo inshuti ye itazasaza igikopwa 
    ibiribwa. Mpyorero yize ubukannyi atangira gukora imikandara 
    n’amasakoshi. Yanabyigishije mushiki we Nyirampyorero 
    bafatanya uwo mwuga. Biteza imbere, basezerera ibyo gukopwa n’abandi.

    Sempyisi yishimira urwego Mpyorero na Nyirampyorero bagezeho. 

    Mpyorero anezezwa n’umwuga yamenye ukaba ubatunze.

    a) Ni izihe mpungenge Sempyisi yari afitiye Mpyorero?
    b) Nyuma yo kwitabira umwuga w’ubukannyi, byagendekeye 
    bite Mpyorero?

    c) Vuga akamaro k’umwuga w’ubukannyi.

    6. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    n

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    m
    9. Uzurisha kimwe muri ibi bihekane mpy na pw ukore ijambo unaryandike unoza umukono.
    a) i___iko                                 c) Serupyipyinyuri___isi

    b) yarabiko___e                    d) hazakoro__a               

    10. Hitamo amagambo wuzuze interuro, maze uzandike unoza 
    umukono: impyiko, Mpyipyinyura, zicapwe , Mpyorero, azakopwa, Sempyisi   

    a) ______nigire mu birori.
    b) Habayeho umwana witwaga _______wari inshuti ya ______.
    c) Jyana izo nyandiko___neza.

    d) Kaneza _______umuti uvura _______.

    Igihekane mpw/Mpw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mpw.

    n

    2. Erekana igihekane mpw/Mpw.

    n

    3. Soma imigemo ikurikira.

    n

    4. Soma amagambo akurikira.

    n

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Mpwerazikamwa afite impwempwe nyinshi.
    b) Impwerume ya Sempwempwe iraryana.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    n

    Kera habayeho umugabo w’umukene akitwa Sempwempwe. 
    Nta suka yagiraga, yibazaga aho azayikura bikamuyobera.

    Bukeye ajya kwa Mpwerazikamwa wazicuraga ngo 

    ayikopwe. Ku nzira abona impyisi yirukankanye impwerume
    ya Mpwerazikamwa. Sempwempwe ahita akoma akamo 
    akiza iyo mpwerume. Arangije ayambika ishumi ayishyira 
    Mpwerazikamwa. Amubwira ko ayikijije ariko yashakaga no 
    gukopwa isuka. Mpwerazikamwa amuha isuka amubwira ko 
    ayimuhembye atayimukopye.
    Sempwempwe agira ibyishimo byinshi, atunga isuka atyo.

    a) Sempwempwe yari agiye gukora iki kwa Mpwerazikamwa?
    b) Sempwempwe yakijije impwerume ate?

    c) Uretse isuka, ni ibihe bikoresho bindi bashobora gucura?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    v

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    h

    10. Shakisha byibura amagambo atatu yakoreshejwe mu 
     mwandiko “Uko yatunze isuka” arimo igihekane mpw, uyandike unoza umukono.

    a) __________________

    b) __________________

    c) __________________

    Igihekane nsy/Nsy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi nsy.

    b

    2. Erekana igihekane nsy/Nsy.

    k

    3. Soma imigemo ikurikira.

    j

    4. Soma amagambo akurikira.

    a

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Twereke ahari izo nsyo dusye aya masaka.
    b) Tambuka neza utansyonyora ngiye kuri Satinsyi.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.
    Nsyori yarampwituye

    n

    Umunsi umwe mu museso, nahuye n’umubaji Nsyori. Nari 
    mpwereye narembye arampwitura nerekeza kwa muganga. Nsyori 
    yari yikoreye imbehe, imyuko n’imidaho yabaje. Yari abijyanye mu 
    isoko rya Satinsyi kubigurisha.

    Twageze imbere duhura n’imbwebwe iratumokera. Duhita 

    duhungira mu rugo rwa Mpwituzi. Nsitara ku nsyo zari aho mu 
    mbuga ingasire iragwa. Mpita nyiterura maze iranshika insyonyora 
    ikirenge iransyigingiza.
    Nsindagira njya kwa muganga umubaji Nsyori yikomereza ku isoko.

    a) Ni uwuhe mwuga Nsyori yakoraga?
    b) Ni ibihe bikoresho Nsyori yari ajyanye ku isoko?

    c) Ni akahe kamaro k’ibikoresho Nsyori yari ajyanye ku isoko?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    e

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira

    q

    10. Tondeka imigemo ukore amagambo, kandi uyandike mu mukono.

    a) ra-wi- nyo-nsyo
    b) wi-gi-nsyi-za-ngi

    c) ye - nyo - nsyo - ya

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mpw/nsy.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira.

    n

    3. Soma amagambo akurikira.

    e

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Sempwempwe anyegereje urusyo nsya amasaka.

    b) Inyana yansyonyoreye kwa Mpwerazikamwa.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ibikoresho byo kwa nyogokuru

    d

    Nitwa Mpwerazikamwa, niga mu mwaka wa gatatu. Mu kiruhuko 
    nagiye kwa nyogokuru Nyiransyori. Nifuzaga kumenya ibikoresho 
    gakondo nyogokuru yifashisha.

    Nahahuriye na marume Sempwempwe utuye muri Satinsyi. 

    Yansobanuriye ibikoresho bitandukanye nyogokuru yifashisha. 
    Yanyeretse insyo, ingasire, inkoko, imbehe, intorezo, isekuru 
    n’ibindi. Nyogokuru iyo yabintumaga nkabiyoberwa yarampwituraga. 
    Ubu narabisobanukiwe. Nange nsigaye nsobanurira abandi.

    Nashimishijwe cyane n’ibikoresho bitandukanye nyogokuru 

    yifashisha.

    a) Ni iki Mpwerazikamwa yifuzaga kumenya?
    b) Nyiransyori yakoraga iki igihe Mpwerazikamwa yabaga yayobewe 
    icyo yamutumye?

    c) Ni ibihe bikoresho gakondo bindi bitavuzwe mu mwandiko?

    6. Soma interuro zikurikira maze uhuze buri nteruro n’ishusho bijyanye uhuza umubare n’inyuguti.

    f

    3

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    s

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro zikurikira.

    n

    r

    10. Uzurisha igihekane kimwe muri ibi bihekane mpy, mpw, nsy 

     ukore ijambo, unaryandike unoza umukono.

    a) i____erume
    b) yara___atuye

    c) i___o

    Igihekane mvw/Mvw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mvw.

    m

    2. Erekana igihekane mvw/Mvw.

    m

    3. Soma imigemo ikurikira.

    n

    4. Soma amagambo akurikira.

    d

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Yumvwanayo yumvwa n’abaturanyi.
    b) Ibyo urabivuga ngo bizumvwe na nde?

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ibiryo byo kwa nyirakuru

    s

    Yumvwanayo yahoranaga ikifuzo cyo kugaburirwa na 
    nyirakuru. Nuko ajya kumusura iwe hakurya ya Satinsyi. 
    Agezeyo aravunyisha ariko ntiyumvwa. 

    Kwa nyirakuru bari bahuze basya amasaka ku nsyo. 

    Yumvwanayo abonye ko atumvwa yinjira mu gikari. 
    Nyirakuru amubonye amwicaza ku musambi mwiza 
    yiboheye. Yamuzaniye imyumbati n’inkongoro yuzuye 
    amata. Imyumbati yari yatetswe mu nkono yabumbwe na 
    Mpwituzi.

    Yumvwanayo ashimishwa n’ibiryo byo kwa nyirakuru.
    a) Nyirakuru wa Yumvwanayo yari atuye he?
    b) Kuki Yumwanayo yavunyishije ntiyumvwe?

    c) Ni ibihe bikoresho banyweramo cyangwa bashyiramo amata?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    y

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    k

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    j

    10. Soma ijambo uryandike mu mukono, maze uce akarongo ku gihekane mvw.
    a) arumvwa
    b) azumvwe

    1. Erekana amashusho arimo ijwi byw.c) Yumvwanayo

    Igihekane byw/Byw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi byw.

    y

    2. Erekana igihekane byw/Byw.

    t

    3. Soma imigemo ikurikira.

    d

    4. Soma amagambo akurikira.

    d

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Nyiratebywa yishimira gukarabywa na nyina.
    b) Abagenzi bamwe bayobywa bakanatebywa no kutamenya gusoma.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Si byiza gukwiza ibihuha

    j

    Byarahwihwiswaga mu baturanyi ko Nsyori atazi gukana. 
    Nimugoroba Nsyori atumira abaturanyi ngo atazakomeza 
    gusebywa.

    Nsyori wari umukannyi aterura ikiganiro. Atangira avuga ko 

    atacyumvwa kubera gusebywa na bo. Umugore we Nyiratebywa 
    aramwunganira avuga ibyo basebywa. Abasaba kutazayobywa 
    n’abahomvomva ko Nsyori atazi gukana. Nyiratebywa abereka 
    inkanda Nsyori yakannye basanga ari nziza. 

    Bishimira ubwiza bwazo bavuga ko ibyo basebywa bitazongera 

    kumvwa. Kuva ubwo Nyiratebywa na Nsyori ntibongera 
    gusebywa ukundi.

    a) Kubera iki Nsyori yatumiye abaturanyi?
    b) Ni gute Nsyori n’umugore we bemeje abaturanyi ko 
    ibyahwihwiswaga atari ukuri?

    c) Vuga imyambaro gakondo Abanyarwanda bikoreraga.

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    u
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    j
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    f
    10. Tondeka neza imigemo wahawe, ukore amagambo uyandike unoza umukono.
    a) gu - bywa- se
    b) bywa - ra - ba- ka - ra

    c) ba- te-bywa- za

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mvw/byw.

    a

    2. Soma imigemo ikurikira.

    z

    3. Soma amagambo akurikira.

    z

    4. Soma interuro zikurikira.
    a) Ntibasebywa yumvwa na bose.

    b) Abana benshi bayobywa n’uburangare.

    5. Soma umuvugo ukurikira.

    Ubuvumvu ni bwiza


    a

    a) Kuki ubuvumvu ari bwiza?
    b) Amafaranga Sempyoko yabonye yayakoresheje iki?

    c) Ubuki bumara iki?

    6. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    d

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    8. Tondeka neza imigemo wahawe ukore amagambo yumvikana uyandike unoza umukono.
    a) zu - mvwe - u
    b) ka - ba - bywe - ra

    c) bywa-ka-a-ra-ra

    9. Shaka mu kinyatuzu amagambo arimo ibihekane mvw na byw, maze uyandike mu mukono.
    o

    Isuzuma risoza umutwe wa mbere

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    t

    3. Soma amagambo akurikira.

    h

    4. Soma interuro zikurikira.
    a) Impwerume ya Sempyisi iramoka ntiyumvwe.

    b) Kangabo wakopwe igare yansyonyoye.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Impwerume yaramuvudukanye

    c

    Umunsi umwe, Mpyorero bamutumye kuri Satinsyi guhaha. 
    Ahura n’abahigi bafite imyambi, imiheto n’amacumu. Bari 
    bashoreye imbwa z’impwerume, iy’inkazi iramuvudukana.

    Mpyorero yahise ahunga ahura n’imodoka akwepwa na yo. 

    Yarimo ibitabo byacapwe kugira ngo bizakopwe abasomyi.
    Mpyorero yakomeje gutabaza yumvwa na Basebywanabo 
    amukiza impwerume.

    Kubera ubwoba, Mpyorero yatinye gukomeza urugendo. 

    Basebywanabo aramuhumuriza amusaba kudasibywa isoko 
    n’ubwoba afite. Mpyorero yumva inama nziza agiriwe ajya 
    guhaha.

    a) Ni ibihe bikoresho abahigi bari bafite?
    b) Ni nde wakijije Mpyorero impwerume?

    c) Uramutse uhuye n’imbwa mu nzira wabigenza ute?

    6. Huza ukoresheje akambi ibikoresho n’ababikoreshaga mu myuga gakondo.

    x

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    x

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro zikurikira.

    d

    9. Uzurisha ibihekane mpy, pw, mpw, nsy, mvw, byw ukore ijambo uryandike unoza umukono.

    a) i____iko                                     
    b) bizaca____a 
    c) i____erume
    d) i___o
    e) bu___e 

    f) Kuyo___a

    10. Tondeka amagambo neza ukore interuro yumvikana, maze uyandike mu mukono.
    a) buhoro - ntiyumvwe - Mpwerazikamwa - aravuga

    b) gusya - insyo - zo - Ntibasebywa - amasaka - yakopwe

    URLs: 31Files: 3
  • Umutwe wa kabiri :Kubungabunga ubuzima

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira. ncy/Ncy
    1. Erekana amashusho arimo ijwi ncy.
    w
    2. Erekana igihekane ncy/Ncy.
    q
    3. Soma imigemo ikurikira.
    s
    4. Soma amagambo akurikira.
    d
    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Ncyuyimihigo yancyuriye ncyuye intama.
    b) Uncyamurire Ncyuyishyo antize incyamuro.
    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.
    Twirinde marariya
    A
    Ncyuyinyana yahoraga asibywa ishuri n’uburwayi bwa marariya. 
    Naho Nyina yiberaga mu ncyuro n’intonganya mu baturanyi. 
    Ntiyafataga isuka n’umuhoro ngo akureho ibihuru bikikije urugo. 
    Ibyo bihuru byari byarabaye indiri y’imibu itera marariya. 
    Umunsi umwe, Ncyuyinyana yaramukanye umuriro mwinshi 
    anatengurwa. Nyina ahamagara umujyanama w’ubuzima, ahageze 
    aha Ncyuyinyana umuti. Yabigishije kurara mu nzitiramibu 
    anabibutsa gukora isuku y’urugo. 
    Uwo mujyanama w’ubuzima yumvwaga na benshi mu mudugudu. 
    Hashize igihe gito, Ncyuyinyana arakira yongera kujya kwiga.
    a) Ni iki cyatumaga Ncyuyinyana asiba ishuri?
    b) Ni akahe kamaro ko kurara mu nzitiramibu?
    c) Urumva byaragenze bite Ncyuyinyana asubiye ku ishuri?
    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    Z
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    A
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    A
    10. Tondeka aya magambo ukore interuro ziboneye, uzandike mu mukono.
    a) Ndababara - yancyuriye - Ncyuyishyo
    b) gitondo - mu - yancyamuye - Ncyuyinyana
    c) yaguze - Ncyuyimihigo - isoko - mu - incyamuro
    Igihekane shyw/Shyw
    1. Erekana amashusho arimo ijwi shyw.
    M
    2. Erekana igihekane shyw/Shyw.
    S
    3. Soma imigemo ikurikira.
    A
    4. Soma amagambo akurikira.
    S
    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Semashywa ararushywa no gukura imyishywa ku rugo.
    b) Ibi bishyimbo bishyushywe bitaragaga.
    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.
    Turyame mu nzitiramibu
    N
    Mu gihe k’ibiruhuko Semashywa yasuye kwa sekuru 
    Ncyuyimihigo. Nijoro agiye kuryama abura inzitiramibu atangira 
    incyuro atyo. Yacyuriraga mwishywa we Ncyuyishyo kuko 
    atayiryamagamo. Kwari ukugira ngo atazoshywa cyangwa 
    akabeshywa ko idafite akamaro.
    Mwishywa we amubwira ko sekuru nta cyo abiziho. Bukeye 
    Semashywa yihutira kubwira sekuru akamaro k’inzitiramibu. 
    Amusobanurira ko imibu itera marariya ihashywa n’inzitiramibu.

    Sekuru yumvise impanuro z’umwuzukuru, ajya kubashakira 
    inzitiramibu. Uwo munsi bose baryamye banezerewe cyane, 
    by’akarusho Semashywa.
    a) Kubera iki Semashywa aho kuryama yatangiye incyuro?
    b) Ni iki Semashywa yihutiye kubwira sekuru?
    c) Ni izihe nama wagira abakoresha nabi inzitiramibu?
    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    M
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    A
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    Z
    10. Tondeka imigemo wahawe ukore amagambo yumvikana, 
    uyandike mu mukono, unace akarongo ku gihekane shyw.
    a) ra - shywa - ru - ba
    b) ma - Se - shywa
    c) shywe - bi - za - ryo
    Imyitozo
    1. Erekana amashusho arimo amajwi ncy/shyw.
    A
    2. Soma kandi wandike imigemo ikurikira.
    A
    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike.
    S
    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike.
    a) Ncyuyimihigo areshywa na mwishywa we.
    b) Twirinde koshywa no guhora mu ncyuro.
    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.
    Duhashye marariya
    S
    Igishanga cyo kwa Ncyuyinyana cyatashywe n’imibu ijujubya 
    abagituriye. Imibu yabyibushywaga no kuruma abantu bakarwara 
    marariya.
    Umunsi umwe, Ncyuyimihigo yahamagaye abaturage ngo abungure 
    inama. Yashakaga gucyaha aboshywaga bakanabeshywa ko imibu 
    idatera marariya.
    Yabashishikarije gufata incyamuro bagasiba ibidendezi. Yanabasabye 
    gutema ibihuru byarimo imyishywa no gukinga amadirishya 
    nimugoroba. Biyemeje kujya barara mu nzitiramibu buri gihe.
    Ncyuyimihigo yabasabye gukebura abataje nta gukoresha incyuro. 
    Abaturage bakurikije izo nama maze marariya irahashywa.
    a) Imibu yabyibushywaga n’iki?
    b) Kubera iki Ncyuyimihigo yahamagaye abaturage?
    c) Ni ibiki bishobora kuba indiri y’imibu itera marariya?
    D
    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    N
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira
    F
    9. Uzurisha kimwe mu bihekane ncy / shyw ukore ijambo ryumvikana, maze uryandike mu mukono.
    a) barabyibu_____a
    b) ntuka____urire
    c) i____amuro 
    d) ntibazaru____e
    Igihekane nshw/Nshw
    1. Erekana amashusho arimo ijwi nshw.
    S
    2. Erekana igihekane nshw/Nshw.
    S
    3. Soma imigemo ikurikira.
    Z
    4. Soma amagambo akurikira.
    S
    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Nabujije injangwe kurya inshwegegeri iranshwaratura.
    b) Namubujije kunshwanira no kunshwiragiza aranshwishuriza.


    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    D

    Umubu witwaga Ruhashywa wari warigabije igishanga cyange. Wari 
    waranshwiragije ugahora wigamba kubyibushywa no kuruma abantu. 
    Nababazwaga no kubona igishanga cyange cyaratashywe na wo.

    Umunsi umwe, nshwekurana na mwishywa wange tuwugabaho 

    igitero. Arankundira ntiyanshwanira tujyana kuwuhiga aho 
    wabanaga n’abana bawo. Tuwugezeho, nywubaza impamvu uhora 
    wigamba kubyibushywa no kuturuma.

    Uranshwishuriza maze ndarakara nshwekura inyuma yawo uransiga. 

    Mwishywa wange amfasha gutema ikigunda wari waragize indiri. 
    Kuva ubwo, uwo mubu Ruhashywa ntiwongeye kunshwiragiza 

    ukundi.

    a) Ni iki cyatumye abantu bajya guhiga umubu?
    b) Umubu wahashyijwe ute?
    c) Ni ubuhe buryo bwakoreshwa mu guhashya imibu itera marariya?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    S
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    S
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    S
    10. Tahura mu gakuru “Umubu Ruhashywa” amagambo 
    nibura atatu afite igihekane nshw, maze uyandike mu mukono.

    a)_______________

    b) _______________

    c) _______________

    Igihekane myw/Myw

    E

    2. Erekana igihekane myw/Myw.

    L

    3. Soma imigemo ikurikira.

    N

    4. Soma amagambo akurikira

    D

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Marita asomywa umuti ngo adahumywa n’indwara.
    b) Ibyo biseke birumywe n’umuntu ubizi.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Bakize icyorezo

    N

    Mu Murenge wa Cyumywa abana bambaraga inshwabari
    ntibanisukure. Kubera iyo mpamvu, abana bokamwe n’icyorezo
    k’indwara.

    Bumywaga amazi mu mubiri, bakanahumywa n’icyo cyorezo. 

    Buri mubyeyi yihutiraga kujyana umwana kwa muganga. Abafite 
    ubwisungane mu kwivuza basomywaga ku muti bagakira. 
    Abatabufite bivuzaga bibagoye kandi bibahenze cyane. Muganga 
    yagiraga ababyeyi inama ababuza kwambika abana inshwabari. 

    I Cyumywa ababyeyi bakurikije inama bagiriwe na muganga. Ubu 

    bihamywa ko icyorezo kitakiharangwa, abana babayeho neza.

    a) Ni bande bokamwe n’icyorezo k’indwara?
    b) Abadafite ubwisungane mu kwivuza bivuzaga bate?

    c) Ni akahe kamaro k’ubwisungane mu kwivuza?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    X
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    A
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    N
    10. Tondeka imigemo wahawe ukore ijambo uryandike mu mukono, unace akarongo
    ku gihekane
    myw.
    a) ba - hu - mywa - za 
    b) ra - za- mywa- I 

    c) mywa- ra - so - a

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi nshw/myw.

    N

    2. Soma imigemo ikurikira.

    JH

    3. Soma amagambo akurikira.

    H

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Nshwekuye ngiye kureba iriba rikamywa n’izuba.

    b) Namubwiye ko yahumywa n’indwara aranshwanira.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Twitabire ubwishingizi mu kwivuza

    S

    Nitwa Nshwima, niga mu mwaka wa gatatu. Umunsi umwe 
    navaga kwiga, mpura n’inturo iranshwaratura bikabije. Iyo nturo 
    yananshwanyagurije ibitabo, iranshwiragiza mpita nshwekura 
    ndayihunga. Mpura na Ncyuramihigo musaba ibyatsi byo 
    kwiyomora aranshwishuriza.

    Yanyohereje kwa muganga kuko igisebe cyumywa n’umuti waho. 

    Banshyiriye umuti mu gacupa baragafunga kararumywa neza. 
    Ngeze mu rugo nsomywa kuri wa muti nahawe ndoroherwa. 

    Ababyeyi bange bababajwe no kubatangisha amafaranga menshi. 

    Mbabwira ko bihamywa ko ubwisungane mu kwivuza bukwiye. 
    Kuva ubwo bahita babwitabira ntibongera guhombywa no 

    kutabugira.

    a) Kwa muganga bafashije bate Nshwima?
    b) Ni iyihe mpamvu yatumye ababyeyi batanga 
    amafaranga menshi?
    c) Wakwitwara ute kugira ngo udakomeretswa 
    n’inyamaswa?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    M

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    D

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    S

    10. Uzurisha kimwe mu bihekane nshw/myw ukore ijambo 

    ryumvikana, maze uryandike mu mukono.

    a) arara_____a
    b) ara_____iragiza
    c) Ntibizu____e

    d) ____ekure

    Igihekane nshyw/Nshyw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi nshyw.

    E

    2. Erekana igihekane nshyw/Nshyw.

    A

    3. Soma imigemo ikurikira.

    M

    4. Soma amagambo akurikira.

    M

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Mukanshywa akunda gukura inshywa mu bicuma.

    b) Kanyenshywa yitiranya inshywa n’inzuzi z’ibihaza.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yahawe imiti

    S

    Senshywa yari yararembeye mu rugo kubera marariya. Nyina 
    yahugiraga mu kuvana inshywa mu ducuma, ntamwiteho. Akenshi 
    iminwa ye yumywaga no kubura icyo anywa.

    Umunsi umwe, Senshywa yifuje kurya inshwegegeri abura 

    uzimuzanira. Nimugoroba umujyanama w’ubuzima anyuze iwabo 
    asanga Senshywa yararembye. Amukozeho yumva arahinda 
    umuriro yihutira kumuzanira imiti. Amaze kuyimuha, anamusabira 
    ku Mana iramywa ngo imukize. 

    Hanyuma ahamagara nyina amusaba kwita kuri Senshywa. Nuko 

    atangira kumwitaho, akira bidatinze.

    a) Ni iyihe ndwara yari yararembeje Senshywa? 
    b) Ni gute umujyanama w’ubuzima yamenye ko Senshywa ari guhinda umuriro?

    c) Kuki ari ngombwa kujya kwa muganga ugifatwa n’indwara?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    S


    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    T

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    N


    10. Tahura mu gakuru amagambo byibura atatu yakoreshejwe arimo igihekane nshyw,
    uyandike mu mukono.

    a) ___________________

    b) ____________________

    c) ____________________

    Igihekane mbyw/Mbyw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mbyw.

    G

    2. Erekana igihekane mbyw/Mbyw.

    F

    3. Soma imigemo ikurikira.

    N

    4. Soma amagambo akurikira.

    S

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Yararwaye ahombywa no kurembywa n’uburwayi.

    b) Ntituzangane tutazahombywa na byo.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Senshywa na Nyiranshywa

    S

    Umugabo witwaga Senshywa yari yarashakanye na Nyiranshywa. 
    Bahoraga barembywa na marariya bigatuma bahombywa no 
    kwivuza.

    Ibyo byatumaga imyaka yabo irumbywa no kudafumbirirwa igihe. 

    Bityo bakababazwa no gusumbywa umusaruro n’abaturanyi babo. 
    Bagiye kugisha inama umujyanama w’ubuzima uko bakwirinda 
    uburwayi. Bageze iwe basanga arakura inshywa mu bicuma bye. 
    Bamutekerereje ibyabo byose abasaba kwirinda kurembywa na 
    marariya. Yabasabye kurara mu nzitiramibu no kwikiza ibigunda 
    n’ibidendezi. 

    Barabyubahirije ntibongera kurembywa no guhombywa 

    n’uburwayi bwa marariya.

    a) Ni iki cyatumaga Senshywa na Nyiranshywa bahora barembye?
    b) Ni gute inama z’umujyanama w’ubuzima zabagiriye akamaro?

    c) Ni akahe kamaro k’umujyanama w’ubuzima?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    A

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    A

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    D

    10. Tondeka imigemo wahawe ukore ijambo ryumvikana, 

    uryandike mu mukono, unace akarongo ku gihekane mbyw.

    a) da - mbywa - ho - ku
    b) mbywa - ho - gu

    c) nti - mbywe - za - re - mu

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo ijwi nshyw/mbyw.

    D

    2. Soma imigemo ikurikira.

    D

    3. Soma amagambo akurikira.

    S

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Inshywa zaguye mu jisho rya Mutumwashywa arembywa na zo.
    b) Senshywa ahombywa no gukopa abatamwishyura.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yariye ibitaribwa

    N

    Nyiranshywa yakundaga gufasha nyina kuvomerera inzuzi z’ibicuma. 
    Nyina yamubwiraga ko iyo zitavomerewe zishobora kumywa n’izuba. 
    Ibyo bigatuma bazitaho cyane ngo zitarumbywa no kubura amazi. 

    Nyiranshywa yanafashaga nyina gukura inshywa mu bicuma. Hari 

    igihe yiranguje igicuma, inshywa zimuhagama mu muhogo. Nyina 
    agerageje kuzimukuramo biramunanira maze arembywa na zo. 
    Bukeye amujyana kwa muganga, amugejejeyo abaganga bamwitaho.

    Bakoze uko bashoboye inshywa zamuhagamye mu muhogo 

    bazikuramo. Nyina arabashimira, bamusaba gutoza abana ko 
    batagomba kurya ibitaribwa.

    a) Ni iki cyahagamye Nyiranshywa mu muhogo?
    b) Ni iyihe nama abaganga bagiriye nyina wa Nyiranshywa?
    c) Ni ibiki abana bakunze gutamira bishobora kubahagama 

           bikangiza ubuzima bwabo?

    6. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    D

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    D

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    N

    9. Shaka muri iki kinyatuzu amagambo arimo ibihekane nshyw na mbyw, uyandike mu mukono,
    uce n’akarongo kuri ibyo bihekane.

    N

    Isuzuma risoza umutwe wa kabiri

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    X

    2. Soma imigemo ikurikira.

    S

    3. Soma amagambo akurikira.

    S

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Ncyuyimihigo arembywa n’indwara ya marariya.
    b) Senshywa yanshwekuje anyereka imyishywa yumywa n’izuba.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Namugiriye inama

    D

    Habayeho umugore witwaga Nyiranshywa wahoraga arembywa 
    na marariya. Umunsi umwe, nagiye kumusura mugira inama, 
    arankundira ntiyanshwanira. Yanteze amatwi musobanurira 
    uburyo yakwirinda guhora arembywa n’uburwayi. 

    Namubwiye ko nimugoroba ari ngombwa gufunga amadirishya 

    akarumywa. Namusabye kandi gufata incyamuro agasiba ibizenga
    mu rugo. Bityo akirinda kurumwa n’imibu itera marariya.

    Namusabye kujya yiyambaza kenshi mwishywa wange 

    w’umujyanama w’ubuzima. Nanamubwiye kuncyamurira bagenzi 
    be babeshywa byinshi kuri marariya. Yarankundiye arabyubahiriza 
    ubu mu mudugudu wabo ntawukirembywa n’uburwayi.

    a) Ni nde wahoraga arembywa na marariya?
    b) Ni iki kigaragaza ko inama Nyiranshywa yagiriwe 
    yazubahirije?

    c) Ni akahe kamaro ko kubaho mu buzima buzira indwara?


    6. Soma interuro zikurikira maze uhuze buri nteruro n’ishusho bijyanye,
    uhuza umubare n’inyuguti.
    D
    R
    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    8. Soma wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    R
    9. Uzurisha kimwe muri ibi bihekane wahawe, ukore ijambo 
    ryumvikana, uryandike mu mukono. ncy, shyw, nshw, myw, nshyw, mbyw.
    a) kure_____a
    b) umwi_____a
    c) guso____a
    d) ya____aniye
    e) i____a

    f) i____amuro


  • Umutwe wa gatatu: Uburenganzira n’inshingano by’umwana

    a) bahomvomvywaga b) ntuzahomvomvywe c) yarahomvomvywaga mfw/Mfw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mfw.

    d

    2. Erekana igihekane mfw/Mfw.

    e

    3. Soma umugemo ukurikira.

    e

    4. Soma amagambo akurikira.

    w

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Semfwati yatiye imfwati ku muturanyi.

    b) Nyiramfwati abika neza imfwati ye.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ntazongera gusuzugura

    s

    Semfwati mukuru wa Mfwati yakundaga gusuzugura ababyeyi. Mu 
    gihe k’ibiruhuko ababyeyi bababuzaga kuzererera mu mihana. Umunsi 
    umwe, Semfwati na Mfwati babirengaho.

    Bageze munsi y’urugo rwa Senshywa babona igiti cy’umwembe. 

    Semfwati abwira Mfwati ngo bacyurire maze aramwangira. Semfwati 
    yuriye igiti ishami riravunika yitura hejuru y’imfwati.

    Iyo mfwati yamuciye igisebe arembywa na cyo. Mfwati yihutiye 

    kubibwira se na nyina Nyiramfwati baza bashwekura. Nuko bajyana 
    Semfwati kwa muganga bahombywa n’amakosa ye.

    Semfwati abonye igihombo ateje ababyeyi yiyemeza kutazongera 

    kubasuzugura.

    a) Ni gihe ki Mfwati na Semfwati babuzwaga kuzerera?
    b) Semfwati yahombeje ababyeyi be ate?

    c) Ni ibihe bintu biranga umwana wumvira?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    f

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    x

    10. Shaka amagambo nibura abiri mu mwandiko arimo igihekane mfw, uyandike
    mu ikaye yawe.

    Igihekane mvy/Mvy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mvy.

    a

    2. Erekana igihekane mvy/Mvy.

    q

    3. Soma imigemo ikurikira.

    d

    4. Soma kandi wandike amagambo akurikira.

    w

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Semfwati arahomvomvya murumuna we.

    b) Ntibazabahomvomvye kuko muhomvomvye byambabaza

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Akarima k’igikoni

    f

    Umunsi umwe, nge na Semfwati twari twicaranye tuganira. Mama 
    yadusabye kubagara akarima k’igikoni kugira ngo katazarumba. 
    Semfwati yarahomvomvye nuko atangira kwijujutira ibyo 
    badusabye gukora. Mama yabajije Semfwati impamvu ahomvomva 
    biramuyobera maze aramucyaha. 

    Semfwati yaratakambye avuga ko nubwo yahomvomvye turi 

    bukabagare. Twahise dufata imfwati maze twerekeza ku karima 
    k’igikoni. Twakabagaye neza maze nshimishwa n’uko Semfwati 
    atahomvomvye nanone. Turangije mama yaradushimiye atubwira 
    ko twubahirije inshingano yaduhaye.

    Semfwati anezezwa n’uko twakoreye hamwe yihana kuzongera 

    guhomvomva. Kuva ubwo sinongeye kumwumva yahomvomvye igihe 
    baduhaye inshingano. 
    a) Kuki semfwati yahomvomvye?
    b) Ni uwuhe murimo abana bavugwa mu gakuru bafashije ababyeyi?

    c) Ni iyihe mirimo abana bashobora gukora?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    v

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    c

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    n

    10. Tondeka imigemo ukore ijambo ryumvikana, uryandike mu 

    mukono, uce akarongo ku gihekane mvy.

    a) mvya - ho - mvo - gu
    b) ra - mvye- ho - ya- mvo
    c) mvye - nda - mvo - ho

    d) za - mu - mvo - ntu- ho - mvye

    Igihekane mvyw/Mvyw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mvyw.

    a

    2. Erekana igihekane mvyw/Mvyw.

    f

    3. Soma imigemo ikurikira.

    d

    4. Soma amagambo akurikira.

    d

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Ntugahomvomvywe n’amafuti ya bagenzi bawe.

    b) Mpomvomvywa no kubona yiyandarika.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ibiyobyabwenge

    s

    Hari abanyeshuri ku kigo cya Mutuzo banywaga ibiyobyabwenge
    Abo banyeshuri bagahora bahomvomvywa na byo. Umugoroba umwe 
    Nyiramfwati ajya kubareba bahomvomva.

    Ababwira ko bahomvomvye cyane bakabuza amahoro abahisi 

    n’abagenzi. Ababaza ikibahomvomvya bakomeza kuvuga amagambo 
    aterekeranye kubera ubusinzi. Uwari ugifite agatege avuga ko 
    bahomvomvywaga n’itabi banyoye. Ababwira ko bidakwiye guhora 
    bahomvomvywa n’ibiyobyabwenge banywa.

    Abasobanurira ko ibiyobyabwenge bituma bata umutwe 

    ntibatekereze neza. Anababwira ko ibyo biyobyabwenge 
    bibahomvomvya bituma batiga neza. Bumvise inama ze barabireka, 
    ubu ntibagihomvomvywa na byo.

    a) Abanyeshuri bavugwa bigaga ku kihe kigo?
    b) Ni iki cyatumye abo banyeshuri bareka ibiyobyabwenge?
    d) Ni izihe ngaruka zo kunywa ibiyobyabwenge kubanyeshuri?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    s

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    s

    10. Garagaraza imigemo igize amagambo akurikira, uyandike 

    mu mukono, unace akarongo ku gihekane mvyw.

    a) bahomvomvywaga
    b) ntuzahomvomvywe

    c) yarahomvomvywaga

    Imyitozo

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye

    q

    2. Soma imigemo ikurikira.

    w

    3. Soma amagambo akurikira.

    e

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Semfwati yahomvomvye kandi ntahomvomvywa n’ubusa.

    b) Nyiramfwati yahomvomvejwe no kwibwa imfwati.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yisubiyeho

    w

    Nyiraneza yari yarigize indakoreka agahora asuzugura se Semfwati. 
    Semfwati yamubuzaga kugira urugomo ariko akanga kumwumvira. Umunsi 
    umwe, yanasuzuguye umuturanyi wabo Bumvwanase wabatizaga imfwati. 
    Bumvwanase amucyashye, Nyiraneza atangira guhomvomvywa n’amafuti ye. 

    Bumvwanase amubwira ko kutubaha ababyeyi ari ikizira kikaziririzwa. 

    Nyiraneza yumva ko Bumvwanase ababajwe cyane n’ihomvomva rye. 
    Semfwati na we arumirwa kuko Nyiraneza ashyogoranya n’umuturanyi. 
    Agira agahinda kenshi kubera imico idahwitse y’umwana we.

    Nyiraneza abonye ko se ababaye yiyemeza kutazongera gusuzugura.
    a) Ni iki Nyiraneza yahoraga abuzwa na se?
    b) Ni ikihe kemezo Nyiraneza yafashe abonye se ababaye?
    c) Nyuma yo gusoma uyu mwandiko, uratekereza ko Nyiraneza 

    azitwara ate?

    6. Uzurisha ibihekane mfw, mvy na mvyw, ukore interuro 

    yumvikana, uyandike mu mukono.

    a) Yahomvo_____e kubera amakosa ye. 
    b) Se_____ati yaje iwacu gutira i_____ati.
    c) Beyata arahomvo_____a no kubura amahoro.

    d) Guhomvo_____a bagenzi bawe si byiza.

    Igihekane pfw/Pfw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi pfw.

    d

    2. Erekana igihekane pfw/Pfw.

    w

    3. Soma imigemo ikurikira.

    e

    4. Soma amagambo akurikira.

    g

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Muneza yakapfakapfwe n’indwara.

    b) Ubwatsi bukapfakapfwa n’inka.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yumvira umubyeyi we

    r

    Gahongayire yavuye ku ishuri ahomvomvywa n’imikino yabaye. 
    Nuko asanga se ababajwe n’imbyeyi yari yakapfakapfwe n’indwara. 
    Se yahise amutuma ku muvuzi w’amatungo.

    Nk’uko byari bisanzwe, Gahongayire yumviye se ajya 

    kumuhamagara. Se asigara anejejwe n’uko Gahongayire 
    amwumvira buri gihe. Yageze ku muvuzi w’amatungo amubwira ko 
    imbyeyi yabo yakapfakapfwe. Umuvuzi w’amatungo araza asanga 
    indwara yarayizonze cyane. Yashimiye Gahongayire umwete yagize 

    ntatenguhe se akamugeraho adatinze.

    Umuvuzi w’amatungo yaberetse ibyo bamufasha bayiha umuti 

    vuba. Imbyeyi ntiyongeye gukapfakapfwa ukundi yahise ikira.

    a) Gahongayire yahomvomvywaga n’iki?
    b) Kubera iki umuvuzi w’amatungo yashimiye Gahongayire?

    c) Ni iki wakwigira kuri Gahongayire?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    m

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    m

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    m

    10. Shaka mu mwandiko amagambo nibura abiri arimo igihekane pfw, uyandike mu mukono.

    Igihekane pfy/Pfy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi pfy.

    m

    2. Erekana igihekane pfy/Pfy.

    j

    3. Soma imigemo ikurikira.

    k

    4. Soma amagambo akurikira.

    t

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Inka zakapfakapfye icyarire.
    b) Ingurube yakapfakapfye ibyatsi.


    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Inka ya Kamari

    a

    Kamari yari afite abana yakanguriraga kwita ku matungo. 
    Yakundaga kubona inka yabo yakapfakapfye ubwatsi igahaga.

    Yavuye ku isoko asanga inka ye yakapfakapfwe n’inzara. Abaza 

    abana impamvu inka yakapfakapfwe n’inzara kandi bahari. 
    Bamusabye imbabazi bamubwira ko batubahirije inshingano zabo. 
    Se yabasobanuriye ko atari byiza guteshuka ku nshingano. Bafata 
    ubwatsi babuha inka, kubera gusonza, inka yabukapfakapfye 
    bwangu. Bayizaniye n’amazi iranywa irahembuka.

    Kuva ubwo abo bana bakangukiye kuzuza inshingano zabo. Inka 

    yabo na yo ntiyongeye gukapfakapfwa n’inzara ukundi.

    a) Igihe Kamari yasangaga inka ye yakapfakapfwe 
    n’inzara yari avuye he?
    b) Kuki abana basabye se imbabazi?

    c) Ni izihe nshingano z’umwana mu rugo?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    f

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    b

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    d

    10. Garagaraza imigemo igize amagambo akurikira, uyandike mu mukono,
    unace akarongo ku gihekane
    pfy.
    a) yakapfakapfye
    b) ikapfakapfye

    c) ntibukapfakapfye

    Igihekane vw/Vw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi vw.

    s

    2. Erekana igihekane vw/Vw.

    s

    3. Soma imigemo ikurikira.

    n

    4. Soma amagambo akurikira.

    g

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Indabo zikunda guhovwamo n’inzuki.

    b) Indabo z’ibitumbwe ntizihovwamo.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Nyirampovwa n’umuhungu we

    d

    Nyirampovwa yasanze umuhungu we Mpovwe anywa ibiyobyabwenge. 
    Mpovwe amubonye ahita abihisha mu byatsi hafi y’urugo. Nyina 
    amubwira ko ibiyobyabwenge byangiza umubiri w’umuntu ubinywa. 

    Mpovwe ntiyumvise ibyo nyina yamubwiraga atangira kuvuga 

    amahomvu. Ubwo Mpovwe yari yicaye ku byatsi inka zakapfakapfye. 
    Mpovwe abonye nyina agiye, yongera kunywa bya biyobyabwenge. 
    Yataye ubwenge ajya kuryama mu ndabo zahovwagaho n’inzuki. 
    Yakubaganiye inzuki ziramudwinga maze ataha yabyimbye mu maso. 

    Nyina amubonye amukandisha amazi ashyushye Mpovwe ahita 

    abyimbuka. Mpovwe yashimiye nyina amubwira ko atazongera 

    kwiyahuza ibiyobyabwenge.

    a) Ni hehe Mpovwe yahishe ibiyobyabwenge?
    b) Kuki nyina yamukandishije amazi ashyushye?
    c) Iyo Mpovwe nyina atamubona, uratekereza ko 

    byari kumugendekera bite?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    f

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    4

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    g

    10. Uzurisha iyi migemo: za, ma, zi, mo ukore amagambo arimo igihekane vw, maze
    uyandike mu mukono.
    a

    Imyitozo

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    a

    2. Soma imigemo ikurikira.

    e

    3. Soma amagambo akurikira.

    e

    4. Soma interuro zikurikira.
    a) Inka yakapfakapfye ubwatsi.

    b) Ubuki ntibuhovwa mu mabuye.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Nayihaye amazi

    s

    Nimugoroba nageze imuhira nsanga inka yakapfakapfye ubwatsi. 
    Yananiwe kubumara kubera ko twayimenyereje kubanza kuyiha amazi.

    Nge naketse ko ahari ishobora kuba yakapfakapfwe n’indwara. 

    Nihutiye kubwira data ko inka yakapfakapfwe ntiyarya ubwatsi. Data 
    ansaba kuyiha urubingo mbanje kuyuhira. Inka si ukurya urubingo 
    irasizora. Byanyeretse ko itari yakapfakapfwe n’indwara nk’uko 
    natekerezaga mbere. Data yahise anshimira ampa ubuki buhovwa mu 
    ndabo.

    Bwarandyoheye niyemeza kujya mbungabunga indabo kuko 

    zihovwamo ubuki.

    a) Baketse iki babonye inka yananiwe kurya ubwatsi? 
    b) Ubuki bwavuzwe mu mwandiko buhovwa hehe?
    c) Ni iki kerekana ko umwana uvugwa mu mwandiko 

    yafashaga ababyeyi imirimo?

    6. Uzurisha ibihekane pfw, pfy na vw ukore interuro yumvikana, uyandike
    mu mukono.
    a) Nyogokuruza yakapfaka_____e n’uburwayi.
    b) Indabo ziho_____amo ubuki buryoshye.

    c) Imfizi yakapfaka____e ubwatsi ntiyaburya.

    Igihekane vy/Vy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi vy.

    e

    2. Erekana igihekane vy/Vy.

    4

    3. Soma umugemo ukurikira.

    r

    4. Soma amagambo akurikira.

    3

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Inzuki zahovye zikora ubuki.

    b) Uruyuki rwahovye rutaha mu muzinga.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yaramutwaje

    2

    Mariza yasanze nyirasenge ku nzira yananiwe kugera iwe. 
    Yiyemeza kumutwaza umuba w’inkwi wari wamuteye umunaniro. 

    Mu nzira bagenda, banyura ku nzuki zahovye mu ndabo. 

    Nyirasenge amusaba kujya yita ku ndabo zihovwamo n’inzuki. 
    Bidatinze bahuye n’umuvumvu aririmbira inzuki ze amavumvu
    Abaganiriza ko iyo inzuki ze zahovye neza aziririmbira. Mariza 
    na nyirasenge bamenya ko inzuki zahovye neza baziririmbira. 
    Umuvumvu abasezeraho bakomeza kugenda bitegereza indabo 
    zihovwamo n’inzuki.

    Bakomeza urugendo Mariza amugereza inkwi mu rugo. Nuko 

    nyirasenge amushimira uburere yatojwe bwo gufasha ababyeyi.
    a) Kuki Mariza yatwaje nyirasenge inkwi? 
    b) Ni iki umuvumvu bahuye yaririmbiraga inzuki?

    c) Ni iki wakwigira kuri Mariza?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    r
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    r
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    4
    10. Uzurisha mu kinyatuzu imigemo ikurikira: ra, za, ho, mo, 
    maze ukore ijambo ririmo igihekane vy, uryandike mu mukono.
    r

    Igihekane ryw/Ryw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi ryw.

    4

    2. Erekana igihekane ryw/Ryw.

    d

    3. Soma imigemo ikurikira.

    t

    4. Soma amagambo akurikira.

    t

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Ntukaryarywe n’abajura.

    b) Ntitugatume abandi baryarywa.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Twararyarywe baratwiba

    4

    Umunsi umwe twasigaye ku rugo mama yagiye guhaha. Twaryarywe
    n’abajura duta urugo twigira kureba indabo zahovwagamo.

    Twatinze tureba indabo zahovywemo n’inzuki tugarutse dusanga 

    twaryarywe. Abajura baraducucuye batwiba byinshi, twicuza impamvu 
    twaryarywe tukemera. Nimugoroba mama avuye guhaha atubaza 
    impamvu twaryarywe bakatwiba. Tumusobanurira ko twabeshywe 
    ko kureba inzuki zahovye bishimisha. Mama adusobanurira ko atari 
    byiza kuryarywa tugata urugo. Yanatubwiye ko inzuki zahovye ubuki 
    zashoboraga kutudwinga.

    Abajura twaryarywe na bo barafashwe bagarura ibyo batwibye. Kuva 

    ubwo ntitwongeye kuryarywa ukundi ngo dute urugo.

    a) Abana baryarywe na ba nde?
    b) Nyina yabasobanuriye ko inzuki zabagira gute?

    c) Wakwirinda ute abagushuka?


    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    m
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    a
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    m
    10. Garagaraza imigemo igize amagambo akurikira, uyandike mu mukono, unace akarongo
     ku gihekane
    ryw.
    a) yaryarywe
    b) bararyarywa

    c) ntimuzaryarywe

    Isuzuma risoza umutwe wa gatatu

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    m

    2. Soma imigemo ikurikira.

    m

    3. Soma amagambo akurikira.

    m

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Yasitaye ku mfwati arakapfakapfwa.
    b) Arahomvomvywa no kureba inka yakapfakapfye indabo zihovwamo.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Mfwati yikozeho

    5

    Mfwati yakundaga kuryarywa bigatuma arya ibiribwa bidafite 
    ubuziranenge. Nyina yamutozaga kujya yitondera ibiribwa 
    byakwangiza ubuzima bwe.

    Yaje kuryarywa arya avoka yatoraguye mu byatsi. Yatangiye 

    guhomvomvywa n’ububabare, nyina ajya kureba ikimuhomvomvya. 
    Yasanze yakapfakapfwe n’indwara yatewe no kurya ibidafite 
    ubuziranenge. Amubaza impamvu, amusubiza ko yaryarywe 
    akarya avoka mbi. Nyina yahise amushakira umuti uvanze n’ubuki 
    bwahovywe n’inzuki.

    Bidatinze Mfwati yarazanzamutse atangazwa n’inzuki zihova 

    ubuki bumukijije. Ntiyongeye kuryarywa ngo yongere arye ibiribwa 
    byamwangiriza ubuzima.

    a) Ni iki nyina wa Mfwati yamutozaga?
    b) Kubera iki ibyo Mfwati yariye byamuteye indwara? 
    c) Kuki tugomba kurya ibiribwa byujuje ubuziranenge?

    6. Itegereze amashusho wahawe ukore inkuru wandika interuro imwe kuri buri shusho.
    \
    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    s
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    q
    9. Uzurisha ibihekane mfw, mvy, mvyw, pfw, pfy, vw ukore 
    interuro yumvikana, uyandike unoza mu ikaye yawe.

    a) I____ati itera ingemwe z'ibiti neza.

    b) Yahomvo____e cyane sinamwumva.
    c) Yakoze amakosa ahomvo____a na yo.
    d) Inka yakapfaka_____e ubwatsi. 
    e) Indabo zikunda guho_____amo ubuki. 
    f) Yakapfaka____e n’uburwayi.

  • Umutwe wa kane: Inyamaswa zo ku gasozi

    UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Tuzibungabungire ubuzima

    s

    U Rwanda ni igihugu giherereye muri Afurika yo hagati. Rufite imigezi, 
    inzuzi, ibiyaga, amashyamba ndetse n’imisozi myinshi. Ubwinshi 
    bw’imisozi y’u Rwanda, butuma barwita Igihugu k’Imisozi Igihumbi.

    Mu mashyamba yarwo habamo inyamaswa zitandukanye 

    z’indyanyama n’indyabyatsi. By’umwihariko kandi, hari inyamaswa 
    ziba mu byanya byabugenewe. Kubera ubwiza bwazo, inyamaswa 
    ni ibyiza bitatse u Rwanda. Abanyarwanda n’abanyamahanga 
    bakunda kuzisura baturutse imihanda yose. Izikunda gusurwa 
    cyane ni nk’ingagi, inkende, inzovu, imparage, imbogo n’izindi. Ba 
    mukerarugendo basura inyamaswa bishyura amadovize atari make. 
    Igihugu kikayifashisha cyubaka ibikorwa remezo nk’imihanda, 
    amashuri, amavuriro, amashanyarazi n’ibindi.

    Inyamaswa zidufitiye akamaro, kirazira kuzishimuta cyangwa 

    kuzihungabanya. Twese dufite inshingano yo kuzirinda no 

    kuzibungabungira ubuzima.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    a

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Kubera iki u Rwanda barwita Igihugu k’Imisozi Igihumbi?
    b) Ni ibihe byiciro bashyizemo inyamaswa zo mu gasozi hakurikijwe ibyo zirya? 
    c) Tanga ingero nibura eshatu z’inyamaswa zavuzwe zikunda gusurwa cyane.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Wumva inyamaswa zo mu gasozi zimariye iki Igihugu cyacu?
    b) Ubonye umuntu uhungabanya ubuzima bw’inyamaswa wamugira iyihe nama ?
    c) Urumva abasura inyamaswa bagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu bate ?

    UTWATUZO
    Akabago .
    1. Itegereze interuro zikurikira maze werekane akamenyetso katari inyuguti kakoreshejwe.
    a) Hari inyamaswa ziba mu byanya byabugenewe.

    b) Inyamaswa ni ibyiza bitatse u Rwanda.

    Menye ko: 
     Utwatuzo ari ibimenyetso bikoreshwa hagati mu 

    nteruro cyangwa bikayisoza.

    Aka kamenyetso kitwa akabago. Ni akatuzo 
    gakoreshwa gasoza interuro ifite icyo ivuga. 
    Ijambo rigakurikira rigomba gutangizwa inyuguti 
    nkuru.
    Urugero: Ni ngombwa gukurikira neza mu ishuri.

    2. Imyitozo
    a) Koresha utubago muri aka gakuru ushyira inyuguti nkuru 
    aho bikwiye.

    Intare ni umwami w’ishyamba ni yo iyobora izindi nyamaswa 

    ni indyanyama kuko itunzwe no kurya izindi nyamaswa 


    b) Andika interuro ebyiri ukoreshemo akabago.

    KWANDIKA

    Huza buri shusho n’interuro igaragaza ibitekerezo 

    biyikubiyemo, uhuza inyuguti n’umubare bijyanye.

    5

    g

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Gugu n’inkende 

    d

    Umunsi umwe, Gugu yari yicaye munsi y’igiti acuranga gitari. 
    Hashize akanya gato havumbuka inkende, abadukana ibuye atangira 
    kuyirukankana. Yakomeje kuyisagarira ayitera amabuye inkende na 
    yo ikomeza guhunga. 

    Akiyirukankana yumva ijwi rya se amubuza kuyitera amabuye. Nuko 

    aramwumva arahagarara, maze inkende ihita isimbukira mu giti. Se 
    yaramwegereye maze amubwira ko kizira gusagarira inyamaswa. 
    Gugu yaratangaye amubaza impamvu akijije inyamaswa yo mu 
    gasozi. Amusobanurira ko bazitaho kuko zifitiye igihugu akamaro. 
    Yanamubwiye ko abazisura bishyura amafaranga ateza igihugu 
    imbere. Se yamwibukije ko akoreshwa mu kugeza ku baturage 
    ibikorwa by’amajyambere.

    Gugu ashimira cyane se umusobanuriye akamaro k’inyamaswa. 

    Arahirira kutazongera gusagarira inkende ndetse n’izindi 

    nyamaswa.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’igisobanuro cyayo.

    t

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Gugu yakoraga iki munsi y’igiti?
    b) Gugu yabigenje ate abonye inkende?
    c) Gugu yirukankana inkende yumvise ijwi rya nde?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Amafaranga abasura pariki bishyura wumva amarira iki abaturage?
    b) Uratekereza ko Gugu yari atangajwe n’iki?

    c) Ni kuki tugomba kubungabunga ubuzima bw’inyamaswa?

    UTWATUZO
    Akabazo ?
    1. Itegereze interuro zikurikira, maze werekane utwatuzo 

    twakoreshejwemo, ugerageze kudutandukanya.

    a) Gugu yari yicaye munsi y’igiti acuranga gitari.
    b) Gugu yabigenje ate abonye inkende?

    c) Kuki tugomba kwita ku nyamaswa?

    Menye ko:

    ? Aka kamenyetso kitwa akabazo. Ni akatuzo 
    gakoreshwa iyo babaza ikibazo. Ijambo 

    rigakurikira rigomba gutangizwa inyuguti nkuru.

    2. Imyitozo:
    A) Shyira utwatuzo dukwiye ku nteruro zikurikira
     a) Ukunda izihe nyamaswa zo muri pariki
     b) Imvubu ziba mu mazi no ku butaka
     c) Amafi n’ingona biba he

     d) Kuki tugomba kwamagana ba rushimusi

    B) Kora interuro ebyiri ukoreshemo akabazo “?”

    KWANDIKA

    Andika interuro eshatu zijyanye n’ayo mashusho.

    z

    Imyitozo

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Amatsiko ya Kanyana

    6

    Kanyana yagiraga amatsiko cyane akanibaza ibibazo byinshi. 
    Yibazaga niba inyamaswa zo mu gasozi zifite akamaro. Umunsi 
    umwe, yegereye se Kamanzi atangira kumubaza akamaro 
    k’inyamaswa.

    Yamusobanuriye ko inyamanswa zo mu gasozi zifitiye igihugu 

    akamaro. Amubwira ko ba mukerarugendo bazisura binjiriza igihugu 
    amadovize. Kiyifashisha mu kubaka ibikorwa remezo nk’imiyoboro 
    y’amazi, ibiraro, amavuriro n’ibindi. Yanamusobanuriye ko 
    inyamaswa zishobora kuribwa n’abantu. Muri zo harimo imbogo, 
    isha, impongo, ingeragere n’izindi. Anamubwira ko impu zazo 
    zikorwamo inkweto n’imitako inyuranye. Yamusobanuriye ko inzovu 
    zigira amahembe akorwamo imitako ihenze.

    Yamusobanuriye ko nubwo zimwe ziribwa, mu Rwanda ntibyemewe 

    kuzihiga. Kanyana amaze kubyumva aramushimira, yiyemeza 

    gushishikariza abandi kuzibungabunga.

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo: 

    amadovize, imitako, mukerarugendo, amatsiko.

    a) _______ yasuye Pariki y’Ibirunga.
    b) Amahembe y’inzovu bayakoramo ________ .
    c) Inyamaswa zinjiriza igihugu ________ menshi.

    d) Abanyamahanga baba bafite _______ yo kubona ingagi.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki Kanyana yibazaga?
    b) Ni nde wamaze Kanyana amatsiko? 

    c) Inyamaswa zo mu gasozi zifite akahe kamaro? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki kigaragaza ko Kanyana yagiraga amatsiko cyane?
    b) Vuga nibura izindi nyamaswa ebyiri zo mu gasozi zitavuzwe mu mwandiko.
    c) Ni ubuhe buryo wakoresha ngo ubungabunge inyamaswa zo mu gasozi?

    UTWATUZO
    Shyira utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira.
    a) Kuki twiga idakenera kwisumbukuruza iyo irisha hejuru mu biti
    b) Ingwe ni indyanyama kuko irya izindi nyamaswa
    c) Ese wowe wari wabona intare Nge narayibonye

    c) Ni gute twabungabunga inyamaswa zo mu gasozi

    KWANDIKA

    1. Uzurisha kimwe muri ibi bihekane: mpy, pw, mpw, nsy, 

    maze ukore ijambo uryandike.

    a) i___iko
    b) byaca___e
    c) i___e___e

    d) i____o

    2. Huza buri shusho n’interuro igaragaza ibitekerezo 
    biyikubiyemo uhuza inyuguti n’umubare bijyanye.
    n
    m
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Urusaku rw’inyamaswa

    s

    Imana yaremye ibiremwa bitandukanye, ibiha ubushobozi bunyuranye. 
    Umuntu yamuhaye ubushobozi bwo kugaragaza ibitekerezo bye 
    avuga. Ese inyamaswa zo zaba zigaragaza zite imbamutima zazo? Iyo 
    zihunga zihohotewe zigashaka gutabaza zaba zisakuza zite?

    Uko inyamaswa zitandukanye ni na ko zidahuza urusaku. Intare iyo 

    zarakaye cyangwa zishaka guhamagara ibyana byazo ziratontoma. 
    Impyisi zirahuma, inturo zikanyawuza naho ingwe zo zigahara. 
    Imbwebwe n’imbwa iyo zitaka zirabwejagura cyangwa zikamoka. 
    Impongo zirakorora, imbogo zikabira ariko zaba zifite umujinya
    zigapfuna. Inyoni iyo zitabaza cyangwa zihamagara ibyana byazo 
    ziraririmba. Inzoka zaba inini n’into ziravugiriza naho imisambi yo 
    igahiga.

    Muri make inyamaswa ntizivuga ahubwo zigira urusaku rwazo 

    rwihariye.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’igisobanuro cyayo.

    c

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki umuntu atandukaniyeho n’inyamaswa? 
    b) Ni izihe nyamaswa nibura eshatu zivugwa mu mwandiko?

    c) Ni uruhe rusaku rw’inyamaswa zikurikira: ingwe, intare, imbwa.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Vuga nibura izindi nyamaswa eshatu zo mu gasozi zitavuzwe mu 
    mwandiko. 
    b) Utekereza ko inyamaswa zisakuza iyo byazigendekeye bite?

    c) Vuga nibura urusaku rw’amatungo atatu yo mu rugo waba uzi.

    UTWATUZO

    Akitso ,

    1. Itegereze interuro zikurikira, werekane utwatuzo 

    twakoreshejwemo maze utugereranye.

    a) Impyisi zirahuma, inturo zikanyawuza, inyoni ziraririmba, ingwe zigahara.
    b) Izikunda gusurwa ni nk’ingagi, inkende, inzovu, imparage, imbogo n’izindi.

    Menye ko:

    , Aka kamenyetso kitwa akitso. Ni akatuzo gakoreshwa 
    hagati mu nteruro. Gakoreshwa iyo interuro yabaye 
    ndende bagira ngo baruhuke gato mbere yo gukomeza. 

    Gakoreshwa kandi iyo barondora ibivugwa.

    2. Imyitozo
    Shyira utwatuzo mu nteruro zikurikira.
    a) Mu nyamaswa zo mu gasozi habamo intare inzovu ingwe n’izindi
    b) Impyisi ntivuga irahuma
    c) Ingwe intare isha n’impongo na zo ni indyabyatsi
    d) Ingagi zinjiza amadovize zite

    KWANDIKA

    Huza buri shusho n’interuro igaragaza ibitekerezo 

    biyikubiyemo, uhuza inyuguti n’umubare bijyanye.

    5

    4

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira

    Zafatanyije gufata umujura

    d

    Impyisi yakundaga kwiba ibiryo imbwa yabaga yasigiye ibibwana 
    byayo. Imbwa ibonye ibibwana byayo bikomeje kunanuka yibaza 
    ikibitera. Ibibwana biyibwira ko hari igisimba kiza kurya ibiryo 
    byabyo. Imbwa yigira inama yo kujya kuregera intare.

    Nuko itangira gushaka abazayiherekeza gutanga ikirego. Irabanza 

    ihamagara imbeba irajwigira yemera kuyiherekeza. Hanyuma 
    ihamagara imbwebwe na yo irabwejagura yemera ko bijyana. 
    Zaragiye zigezeyo imbwa iramoka isobanura akababaro kayo. 
    Intare yumvise akababaro k’imbwa iratontoma inyamaswa ziza 
    ziruka. Iziha inshingano yo gufata umujura. Imbogo yarabiye, 
    impongo irakorora, ingwe irahara, zose ziyemeza gufatanya. 

    Iryo joro zirarira urugo rw’imbwa zifata impyisi igarutse kwiba. 

    Isaba imbabazi ivuga ko itazongera, zose ziyemeza kuyibabarira.

    2. Inyunguramagambo
    Huza aya magambo n’igisobanuro cyayo.
    g
    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Impyisi yakundaga kwiba iki?
    b) Imbwa imaze kumenya ko hari igisimba kirya ibiryo 
    by’ibibwana byayo yakoze iki?
    c) Ni izihe nyamaswa imbwa yahamagaje ngo ziyiherekeze? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ko imbwa yagiye kuregera intare, wowe ubuze igikoresho 
    cyawe ku ishuri wabigenza ute?
    b) Mugenzi wawe agize ikibazo akagutabaza wabigenza ute?
    c) Ni irihe somo twakura muri uyu mwandiko?

    UTWATUZO
    Agatangaro !
    1. Itegereze interuro zikurikira maze werekane utwatuzo 
    tuzisoza, uvuge uko izo nteruro zivugitse.

    a) Yooo! Iyi ni impyisi pe!

    b) Mbega umwana mwiza weee!

    Menye ko:   ! Aka kamenyetso kitwa agatangaro. Ni akatuzo 
                              gasoza interuro ivuga ibitangaje. Gashyirwa 
                              n’inyuma y’amagambo agaragaza imbamutima. 
                              Ijambo rigakurikiye rigomba gutangizwa inyuguti 

                              nkuru.

    2. Imyitozo
    A) Shyira utwatuzo mu nteruro zikurikira.
    a) Akanyamasyo karasodoka pe
    b) Yooo Mbega inyamaswa iteye ubwuzu
    c) Ese waba warigeze kubona inkende
    d) Inkende n’ibitera na byo ni inguge

    B) Himba interuro ebyiri ukoreshemo agatangaro ku buryo bukwiye.

    KWANDIKA
    Andika interuro eshatu uhereye ku byo ubona ku mashusho wahawe.
    s
    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Twese tubigire intego

    w

    Mu Rwanda hagaragaramo inyamaswa zitandukanye ziba mu gasozi. 
    Waba waribajije aho ziba, icyo zirya n’uko zisakuza? 

    Inyamaswa ziba mu mashyamba cyangwa mu byanya byabugenewe. 

    Icyanya cy’Akagera giherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda. 
    Habamo inyamaswa zibereye ijisho ku buryo uzireba yiriza umunsi
    Harimo izitunzwe no kurya izindi, izindi zigatungwa no kurisha. 

    Ku bijyanye n’urusaku rwazo, buri nyamaswa igira umwihariko wayo. 

    Twavuga nk’intare itontoma cyane ukagira ngo ijuru riraguye pe! 
    Ingwe irahara, impyisi igahuma naho imbwebwe ikamoka nk’imbwa 
    nezaneza! Abantu benshi banatangarira impongo ishobora gukorora 
    nk’umuntu!

    Ntitwabura kwibutsa ko inyamaswa zo mu gasozi zidufitiye akamaro. 

    Kuzirinda no kuzibungabunga, twese tugomba kubigira intego.

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza izi nteruro ukoresheje amagambo akurikira: 

    zibereye, intego, icyanya, yiriza umunsi, urusaku.

    a) _______ cya Nyungwe kibamo inguge. 
    b) Dufite______yo gutsinda amasomo yose.
    c) Yagiye gusura ingagi______ azireba.
    d) Twiga ni inyamaswa________ ijisho.
    e) Intare igira________rukaze. 

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Mu gakuru bavuze ko ari ibihe bibazo umuntu ashobora 
    kwibaza ku nyamaswa? 
    b) Icyanya cy’Akagera giherereye hehe mu Rwanda? 
    c) Vuga urusaku rw’inyamaswa zikurikira: intare, impyisi n’impongo.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Uretse inyamaswa zavuzwe mu mwandiko, tanga izindi ngero 
    eshatu z’inyamaswa zo mu gasozi wishakiye.
    b) Inyamaswa zo mu gasozi zimariye iki Igihugu cyacu?
    c) Washishikariza ute bagenzi bawe kurinda inyamaswa zo mu gasozi?

    UTWATUZO

    Shyira utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira.

    a) Mbega inyamaswa zizi kwiruka
    b) Impara imparage isha n’inzovu ni inyamaswa zishimishije pe
    c) Yooo Mbese burya imbwa imbwebwe n’umuhari biramoka
    d) Intare ingwe n’urusamagwe birya inyama

    KWANDIKA

    1. Tondeka imigemo ikurikira ukore ijambo maze uryandike.

    a) mpwe - i - me - ru
    b) si - mpyi - i
    c) ko - ha - pwe - ro
    d) nyo - nsyo - ba - ye
    2. Andika interuro eshatu uhereye ku byo ubona ku mashusho akurikira.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Yashize amatsiko

    s

    Namahoro yari yarishwe n’amatsiko yibaza intaho z’inyamaswa. 
    Ibyo byiyumviro yabiterwaga n’uko abantu bataha mu mazu. 
    Umunsi umwe, yigira inama yo kubibaza umubyeyi we Migambi.

    Nuko se amusezeranya kuzajya kumwereka zimwe mu ntaho 

    z’inyamaswa. Ntibyatinze amujyana gusura Pariki y’Akagera 
    ibamo ikiyaga karemano kitwa Ihema. Ushinzwe kuyobora abantu 
    muri pariki yarabafashije agenda abasobanurira. Yababwiye 
    ko inyamaswa zitaha mu mashyamba no mu bihuru. Yaberetse 
    amasenga n’imikoki miremire bitahwamo n’impyisi n’imbwebwe. 
    Yanabasobanuriye ko imbeba n’inzoka byo byibera mu myobo. 
    Ntiyibagiwe kubabwira ko inyoni muri rusange zitaha mu byari.

    Bakomeje gutembera bageze ku kiyaga kitwa Ihema, ababwira 

    ko habamo imvubu, ingona n’amafi menshi. Batashye Namahoro 
    yishimye cyane n’amatsiko yari amaranye igihe yashize.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira: 

    amasenga, ibyiyumviro, karemano, imikoki

    a) Buri muntu agira ibyo atekereza bye. 
    b) Umwarimu wacu yatubwiye ko Muhazi ari ikiyaga 
    kitakozwe n’abantu.
    c) Abaturage bakoze umuganda basiba ahantu hacukutse 
    kubera isuri.
    d) Mu mashyamba habamo imyobo impyisi zitahamo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Namahoro yari afite amatsiko yo kumenya iki? 
    b) Migambi yajyanye Namahoro hehe? 

    c) Bageze muri pariki ni nde wabafashije?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ko agakuru karangiye batubwira ko Namahoro yishimye 
    urumva yarashimishijwe n’iki? 
    b) Urugendo Namahoro na Migambi bakoze ruhuriye he 
    n’urwo ba mukerarugendo bakora? 
    c) Ujyanye na mugenzi wawe muri Pariki agashaka gushyira 

    ukuboko mu mwobo wamugira iyihe nama?

    INGINGO Z’INGENZI Z’UMWANDIKO

    1. Soma agakuru gakurikira maze uhitemo ingingo y’ingenzi igakubiyemo.
    Inyoni ni inshuti z’abahinzi. Inyoni zirya udusimba. Zifasha 
    abahinzi zirya udusimba twangiza imyaka yabo. Inyoni 
    zinafasha gukwirakwiza imbuto z’ibiti. Inyoni zifasha mu 

    kugira amashyamba menshi.

    a) Akamaro k’abahinzi

    b) Akamaro k’inyoni

    Menye ko:
    Ingingo z’ingenzi ari ibitekerezo 

    bikuru umwandiko wubakiyeho. 

    2. Umwitozo

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Umwana Karisa yahoraga yigunze. Ababyeyi be bari 
    baranze kumujyana ku ishuri. Bamusigaga mu rugo wenyine, 
    batamusigiye ibiryo inzara ikamwica. Iyo abandi bana bavaga 
    ku ishuri, banyuraga iwabo bikamutera agahinda.

    Ikibazo: Hitamo ingingo y’ingenzi ikubiye muri aka gakuru 

    muri izi ebyiri, hanyuma uyandike.

    a) Karisa ntiyakinaga n’abandi bana.

    b) Impamvu zateraga Karisa kwigunga.

    KWANDIKA

    Soma uyu mwandiko, wandike iherezo ryawo uhereye 
    ku mashusho ari munsi yawo.
    Inkende yari itwaye igare ihura n’akanyamasyo.
    Akanyamasyo kayisaba ko bijyana irakemerera.
    Byigiye imbere bihura n’inzovu na yo isaba inkende ko iyitwara.

    Kubera ubunini bwayo inkende iyemerera yijujuta. Hanyuma…

    w

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Menya ibyazo

    s

    Kumenya intaho, urusaku n’ibyana by’inyamaswa ni byiza cyane. 
    Bifasha abantu gusobanukirwa imibereho yazo bityo bakazirindira 
    ubuzima.

    Mu Rwanda, inyamaswa zibera muri za pariki zitandukanye. 

    Impyisi n’imbwebwe zitaha mu masenga zikabwaguriramo ibibwana. 
    Iyo zumvikanisha amajwi yazo imbwebwe zirabwejagura cyangwa 
    zikamoka, impyisi zigahuma. Imbogo zibera mu ishyamba, zirabira, 
    zikima, zikabyara inyana. Impongo zo zirakorora, zikaba mu bihuru, 
    zikanabyara utwana. 

    Inzoka ziba mu myobo, ziravugiriza, zigatera amagi avamo ibyana. 

    Inyoni n’ibisiga byibera mu byari akenshi ntibisiga imishwi yabyo. 
    Amajwi yabyo aratandukanye. Inuma ziraguguza, imisambi igahiga, 
    inyombya ikayomba. Imbeba na zo zirajwigira, zikagira ibyana byinshi 
    mu miheno

    Ntibikwiye kwangiza intaho z’inyamaswa cyangwa kugirira nabi 

    ibyana byazo.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira: 

    pariki, imishwi, mu byari, mu miheno

    a) Kamanzi yambwiye ko akunda kujya gusura ahantu 
    inyamaswa ziba.

    b) Imbeba zikunda kwiba ibijumba zikabijyana aho ziba.
    c) Inkoko yahamagaye abana bayo.

    d) Ejo nabonye inyoni zisohoka aho zitaha.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Kumenya intaho, urusaku n’ibyana by’inyamaswa bidufasha iki? 
    b) Ni izihe nyamaswa nibura eshatu zavuzwe mu mwandiko?

    c) Vuga urusaku rw’inyamaswa zikurikira: imbwebwe n’imbeba.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ubonye umwobo mu gihuru watekereza ko hatahamo izihe nyamaswa? 
    b) Vuga andi moko atatu y’inyoni atavuzwe mu mwandiko. 
    c) Vuga ibintu bitatu by’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho

    UTWATUZO
    Andika interuro ukoreshemo uko bikwiye utwatuzo dukurikira.
    1) Akabago .
    2) Akabazo ?
    3) Akitso ,
    4) Agatangaro !

    KWANDIKA
    Andika unoza umukono ingingo y’ingenzi ivugwa mu mwandiko “Menya ibyazo”.


    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Inyamaswa mu rubanza

    n

    Kera inyamaswa zo mu gasozi zarikoze zijya ku Mana. 
    Ziyitekerereza ko zimwe zibura ubuzima kubera guhigwa 
    n’inyamaswa z’inkazi. Imana yumvise akababaro kazo iziha 
    ububasha bwo kwirwanaho.

    Iha impongo ubushobozi bwo kwiruka no gukorora itabaza. 

    Iha imbogo ubushobozi bwo kwabira n’ubwo kumva impyisi 
    ihuma. Imisambi yayihaye guhiga naho imbeba iziha 
    ubushobozi bwo kujwigira. Intare yayihaye gutontoma, 
    ingwe iyiha guhara, inyamaswa zazumva zigahunga. Imana 
    kandi yahaye inyamaswa zo mu gasozi intaho zitandukanye. 
    Itegeka impyisi kwitarura izindi ikibera mu isenga n’ibibwana 
    byazo.

    Imbogo izitegeka kuba mu mukenke hamwe n’inyana zazo. 

    Imbeba n’ibyana byazo ibitegeka kuba mu miheno. Nguko uko 
    inyamaswa zimwe zaretse kubana n’inyamaswa z’inkazi.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    zarikoze, inkazi, kwirwanaho, mu muheno

    a) Impyisi zikunda kwitabara iyo zitewe.
    b) Nabonye imbeba yiruka igana aho iba.
    c) Inka za Murenzi zishyize hamwe zijya kona imyaka y’abaturage.
    d) Intare ni inyamaswa y’inyamahane.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Ni izihe nyamaswa eshatu zavuzwe mu mwandiko? 
    b) Inyamaswa zaregwaga ni izihe? 
    c) Izo nyamaswa zaregwaga iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Amatungo yo mu rugo atandukaniye he n’inyamaswa zo mu 
        gasozi mu kubona ibizitunga?
    b) Vuga nibura amatungo atatu yo mu rugo n’aho aba.
    c) Vuga ingingo ebyiri z’ingenzi zivugwa mu mwandiko.

    1. Shyira utwatuzo mu gakuru gakurikira maze 

    ukandike unoza umukono.

    Kamari ari kumwe n’ababyeyi be muri Pariki Yooo 

    Arashimishije pe Ari kwitegereza isha impara imparage 
    n’inzovu agahita abyina Ese buriya ashimishijwe n’iki Buriya 

    ashimishijwe n’ubwiza bwazo

    2. Uzuza agakuru ugeze ku mirongo itanu, uhereye ku 

    ishusho kandi ukomereje ku nteruro ya mbere wahawe.

    s

    Inkende ku ishuri
    Umunsi umwe, abana babonye inkende iri mu giti ku ishuri.

    ……..

    UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira
    Tumenye inyamaswa zo mu gasozi
    s
    Inyamaswa zo mu gasozi ni nyinshi kandi ziratandukanye. Muri 
    zo twavuga intare, ingwe, impyisi, imbogo, impongo n’izindi. 
    Zimwe ni indyanyama zitunzwe no guhiga, izindi ni indyabyatsi.

    Mu ndyanyama twavugamo intare, ingwe, imbwebwe, impyisi 

    n’izindi. Izo nyamaswa n’ibyana byazo zitungwa no kurya 
    izindi. Impongo n’utwana twazo ni indyabyatsi ntizirya inyama.

    Imbogo n’inyana zazo kimwe n’imparage n’ibyana byazo 

    zirisha ibyatsi. Imisambi n’inyoni byo byibera mu byari hamwe 
    n’udushwi twabyo. Ibyana by’imbeba biba mu miheno iby’inzoka 
    bikaba mu myobo. Impyisi n’ibibwana byazo bitungwa akenshi 
    n’ibyasigajwe n’intare n’ ingwe. Isatura ni indyabyatsi 
    zishobora kubwagura ibibwana birenze bitanu. 

    Muri make, inyamaswa zo mu gasozi zitandukanira kuri byinshi.

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo: Isatura, 

    kubwagura, indyabyatsi, indyanyama

    a) Kabatesi yamenye ko imparage ari inyamaswa y’……………
    b) Muri Pariki y’Akagera habamo………………
    c) Umwarimu yatwigishije ko impyisi ari inyamaswa y’………

    d) Ingurube nyinshi zikunda …………………..ibibwana byinshi.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni izihe nyamaswa z’indyanyama zavuzwe mu mwandiko?
    b) Ni izihe nyamaswa z’indyabyatsi zavuzwe mu mwandiko?
    c) Ibyana by’inyamaswa zikurikira byitwa bite? 
    - Imparage
    - Imbwa

    - Imisambi

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ku bwawe wumva ari ukubera iki inyamaswa z’indyanyama 
    zitabana n’indyabyatsi? 
    b) Vuga izindi nyamaswa zo mu gasozi z’indyabyatsi zitavuzwe 
    mu mwandiko.

    c) Vuga ibintu bibiri by’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho.

    Interuro mbonezamvugo n’interuro nyobyamvugo (A)

    1. Itegereze interuro zikurikira maze utahure aho zitandukaniye.
    a) Ejo hashize ndabona impara n’imparage muri Pariki y’Akagera.

    b) Ejo hashize nabonye impara n’imparage muri Pariki y’Akagera.

    Menye ko:

    Interuro ya mbere ari interuro nyobyamvugo kubera ko 
    ivuga ibyabaye nk’ibirimo kuba ubu. Naho iya kabiri yo 

    ikaba interuro mbonezamvugo.

    2. Mu nteruro zikurikira tandukanya interuro mbonezamvugo 

    n’interuro nyobyamvugo.

    a) Uyu munsi mu gitondo Kamari abonye intare mu ishyamba.
    b) Uyu munsi mu gitondo Kamari yabonye intare mu ishyamba.
    c) Kera nakundaga gukina umupira w’amaguru. 

    d) Kera nkunda gukina umupira w’amaguru.

    KWANDIKA

    Soma agakuru gato maze usubize ikibazo kigakurikira

    Inzovu, imbogo, impara, ingagi n’imparage zari zifite inyota.
    Zabonaga akariba k’amazi kure, ziruka zijya kuyanywa.
    Impara yarirutse izitangayo, ibonye ari make ntiyayanywa itegereza izindi.
    Zakomeje kuza ariko zitegereza inzovu kuko yazaga buhoro.
    Inzovu yahageze irushye cyane, zirayibwira ngo ibanze inywe.
    Inzovu ishyira umutonzi muri ka kariba. Hanyuma…

    Mu nteruro zikurikira, hitamo interuro igaragaza iherezo 

    ry’agakuru, kandi uyandike unoza umukono.

    1) Izindi nyamaswa zabonye amazi ahagije yo kunywa.
    2) Inzovu yanyweye amazi yose, izindi zibura ayo kunywa.

    3) Nyuma y’uko inzovu inywa amazi, izindi zabonye amazi zogamo.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Isha n’umuhari

    e
    Kera habayeho isha n’umuhari bigasangira akabisi n’agahiye
    Umunsi umwe, byicarana n’ibyana byabyo mu mukenke biraganira.

    Nuko umuhari ubwira isha ko ihora yambaye ubusa. Isha na yo 

    iwubwira ko ifite ikirizo kibi. Umuhari wararakaye wirukankana 
    isha umoka ariko isha irawusiga. Wihutiye kubwira imbwebwe 
    yonsaga ibibwana byayo ko isha yawuhemukiye. Imbwebwe 
    iwugira inama yo kwiyunga n’isha bikabana mu mahoro. Umuhari 
    warakomeje uganyira impongo yarishaga n’akana kayo mu gihuru
    Impongo irakorora na yo iwubwira nk’ibyo imbwebwe yawubwiye. 
    Umuhari watekereje ku magambo wabwiwe, wiyemeza kuziyunga
    n’isha. Bwarakeye umuhari ujya gushaka isha, bisabana imbabazi 
    biriyunga. 


    Kuva uwo munsi byabaye inshuti bibera urugero izindi nyamaswa.

    2. Inyunguramagambo
    Hitamo ijambo riboneye maze wuzuze interuro:

    akabisi n’agahiye, kwiyunga, bihuru, umukenke.

    a) Abantu bafitanye ibibazo bagomba................
    b) Imbwa yo mu gasozi yibera mu……………..
    c) Indyabyatsi zikunda kurisha………
    d) Abantu bakundana basangira …….....….

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Umuhari n’isha byaganiriraga hehe? 
    b) Ni iki cyatumye umuhari wirukankana isha? 

    c) Ni izihe nyamaswa zagiriye inama umuhari? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni iki washima imbwebwe? 
    b) Ni iki wanenga umuhari? 
    c) Uramutse urimo kuganira na mugenzi wawe akakubwira 

    amagambo ntuyishimire wabigenza ute?

    Interuro mbonezamvugo n’interuro nyobyamvugo (B)
    1. Itegereze interuro zikurikira maze utahure aho zitandukaniye.
    a) Mu cyumweru gitaha nagiye kureba Pariki y’Ibirunga.
    b) Mu cyumweru gitaha nzajya kureba Pariki y’Ibirunga.

    Menye ko: Interuro ya mbere ari interuro nyobyamvugo kuko ibizaba 
                           kera irabivuga nk’aho byarangije kuba. 
                          Iya kabiri ni interuro mbonezamvugo, kuko ivuga ibintu mu 

                           gihe cyabyo.

    2. Imyitozo
    Kosora izi nteruro aho ari ngombwa.
    a) Umwaka utaha ndasura ibyanya bibamo inyamaswa.
    b) Umwaka utaha nzasura ibyanya bibamo inyamaswa.
    c) Umwaka utaha nzacirira imbwa nyite Bobi.

    d) Umwaka utaha naciririye imbwa nyite Bobi.

    KWANDIKA

    Mu nteruro imwe, andika irindi herezo ry’aka gakuru.
    Impyisi yashakaga kwiba ibibwana by’imbwebwe.
    Yinjira mu isenga aho biri irabyitegereza.
    Imbwebwe iyisangamo iramoka.

    Impyisi yiruka ihuma.

    Imyitozo
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Na zo zigira ibyana

    a

    Ku isi dutuye, ibinyabuzima muri rusange bigira uko byororoka. 
    Ku bantu n’inyamaswa habaho kuvuka, gukura no gusaza. Nk’uko 
    bimenyerewe, umuntu abyara umwana umwe cyangwa impanga.

    Inyamaswa na zo zishobora kubyara icyana kimwe cyangwa 

    byinshi. Mu nyamaswa harimo izibyara, izibwagura n’izitera 
    amagi. Inyamaswa z’inyamabere zororoka zibyaye, izindi 
    zikabwagura. Izibyara nk’intare, inzovu, imbogo, isha, imparage, 
    imvubu, zigira ibyana. Naho izibwagura nk’imbwebwe, impyisi, 
    inturo, isatura n’imihari, zigira ibibwana. Hari n’izororoka zibanje 
    gutera amagi nk’inzoka, utunyamasyo, ingona n’izindi. Ibiguruka 
    na byo bitera amagi ibyana byabyo bikitwa imishwi.

    Muri rusange inyamaswa nyinshi zigaragariza urukundo ibyana 

    byazo.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira: 

    z

    a) Inkoko yacu yaturaze utwana.
    b) Kureba abana bavukiye umunsi umwe biranshimisha.
    c) Inyamaswa zifite amabere zidufitiye akamaro.
    d) Nkunda kureba ibintu byose bigira ubuzima.
    e) Umuhari wagiye guhigira ibyana byawo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni ibiki byavuzwe mu mwandiko biranga ibinyabuzima? 
    b) Vuga uburyo butatu bwavuzwe inyamaswa zororokamo. 
    c) Vuga uko bita ibyana by’inyamaswa zikurikira: inzovu, 

    umuhari, inkware.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Inyamaswa zitera amagi zitandukaniye he n’inyamaswa zonsa. 
    b) Muri rusange uyu mwandiko ugusigiye ubuhe bumenyi?

    c) Vuga ibintu bitatu by’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho.

    Interuro nyobyamvugo n’interuro mbonezamvugo

    1. Subiza ukoresheje yego cyangwa oya.

    a) Uyu munsi nimugoroba nagiye kureba ingagi. Iyi ni 
    interuro mbonezamvugo.

    b) Ejo hashize nzabona impara n’imparage muri Pariki 

    y’Akagera. Iyi ni interuro nyobyamvugo.

    c
    ) Kera iwacu tuzasura Pariki ya Nyungwe turebe inguge. Iyi 

    ni interuro mbonezamvugo.

    2) Mu nteruro zikurikira shakamo interuro nyobyamvugo uzikosore.
    a) Ejo hashize inkoko yacu izaturaga mishwi.
    b) Umwaka utaha nzajya gusura urwibutso rwa Gisozi.
    c) Mvuka nzaba mfite ibiro bitatu.

    d) Mvuka nari mfite ibiro bitatu

    KWANDIKA

    1. Huza ibice by’amagambo maze ukore ijambo uryandike.

    f

    2. Mu nteruro imwe, andika irindi herezo ry’aka gakuru.
    Agakwavu kari gashonje.
    Mu nzira kahuye n’umwana urimo kurya umuneke.
    Agakwavu gasaba uwo mwana umuneke.
    Umwana aha ako gakwavu umuneke.
    Agakwavu karawakira kawurya kishimye cyane.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Yakijije ibyana byayo
    e
    Kera intare, inturo n’impyisi byabanaga mu ishyamba kimeza. Izo 
    nyamaswa zasangiraga byose. Inturo ikarera ibyana by’intare 
    hamwe n’ibibwana byayo. Intare yajya guhiga, ibyana byayo 
    bigasigara bikina n’ibibwana by’inturo.

    Bukeye
    amapfa aratera, intare yazana umuhigo igasangira n’inturo 
    ariko bikima impyisi. Ibyo byarakaje impyisi icura umugambi wo 
    gushimuta ibyana by’intare. Yaraje ikanga inturo, inturo iriruka 
    maze itwara ibyana by’intare. Intare icyuye umuhigo, ibura ibyana 
    byayo iratontoma. Inturo iranyawuza, ibwira intare ko byashimuswe 
    n’impyisi. Intare yahise izura umugara ijya kubohoza ibyana byayo. 

    Igeze mu isenga ry’impyisi, ihasanga ibyana byayo. Irayitontomera, 

    impyisi iradagadwa, ica bugufi isaba imbabazi. Intare irayibabarira 

    inayemerera ko bizajya bisangira umuhigo.

    2. Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:
    g
    a) Nabonye mu gitabo ishusho y’intare ifite………………….
    b) Izuba ryinshi ritera…………………….
    c) Amashyamba …………… ni intaho y’inyamaswa.

    d) Imparage iyo ibonye intare..............

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni izihe nyamaswa zavuzwe mu mwandiko? 
    b) Kubera iki impyisi yagiye gushimuta ibyana by’intare? 

    c) Impyisi imaze gutwara ibyana by’intare yabijyanye hehe?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Ni ubuhe butwari intare yagaragaje?
    b) Ni kuki inyamaswa z’indyabatsi zitinya indyanyama? 
    c) Kurikiranya ibikorwa bitanu by’ingenzi bivugwa muri uyu mwandiko.

    Interuro mbonezamvugo n’interuro nyobyamvugo (C)

    1. Itegereze interuro zikurikira, maze utahure aho interuro 

    ebyiri za mbere zitandukaniye n’ebyiri za nyuma.

    a) Intare n’ingwe irahiga izindi nyamaswa.
    b) Abantu umwe bakunda gusura pariki.
    c) Intare n’ingwe zihiga izindi nyamaswa.

    d) Abantu bamwe bakunda gusura pariki.

    Menye koInteruro ebyiri za mbere ari nyobyamvugo kuko imwe 
                           iravuga ibintu byinshi nk’aho ari kimwe. Indi ikavuga 
                           ikintu kimwe nk’aho ari byinshi. Ebyiri za nyuma ni 

                           mbonezamvugo, kuko zivuga ibintu neza.

    2. Mu nteruro zikurikira shakamo interuro mbonezamvugo uzandike.
    a) Abahigi umwe bashimuta inyamaswa.
    b) Inzovu zirya ibyatsi.
    c) Intare n’ingwe ihiga impara n’imparage.

    d) Abahigi bamwe bashimuta inkende mu ishyamba

    KWANDIKA
    Soma aka gakuru gato maze usubize ikibazo kigakurikira.
    Bakame yari irimo kurya umwembe.
    Inzovu iyibonye irayisaba.
    Bakame iyiha ku mwembe. Hanyuma…

    Hitamo interuro igaragaza iherezo ry’aka gakuru maze uyandike.
    a) Bakame irawuyima

    b) Inzovu irawakira.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Zidufitiye akamaro

    s

    Inyamaswa zo mu gasozi zifitiye Igihugu cyacu akamaro. 
    Ba mukerarugendo bazisura bishyura amadovize akoreshwa mu 
    iterambere ry’Igihugu. Izo nyamaswa bazisanga muri za pariki 
    zitandukanye z’u Rwanda.

    Pariki y’Ibirunga ibamo ingagi, ni inyamaswa zisurwa cyane. 

    Abazisura babanza kwishyura amafaranga kugira ngo bazirebe. 
    Buri munsi abantu batandukanye, Abanyarwanda n’abanyamahanga 
    baza kuzisura. Pariki y’Akagera na yo ibamo inyamaswa nyinshi 
    zisurwa na ba mukerarugendo. Pariki ya Nyungwe yo ibamo amoko 
    menshi y’inguge n’inyoni. Muri izo nguge twavuga mo nk’ibyondi
    inkomo, impundu, inkende n’ibishabaga. Abazisura bashimishwa n’izo 
    nguge n’amajwi atandukanye y’inyoni.

    Abasura izo nyamaswa zose bifuza guhora bagaruka kuzisura. 

    Ni byiza kuzitaho, tukazibungabungira ubuzima kubera akamaro 
    zidufitiye.

    2. Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:
    m
    a) Nagiye gusura Pariki ya Nyungwe mbona …………………..
    b) Kugira ngo ugere ku …………….ugomba gukora cyane.
    c) ……………………..ni imisozi miremire cyane.

    d) …………..ni inyamaswa zenda gusa n’abantu.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni bande basura inyamaswa zo muri pariki ? 
    b) Abasura inyamaswa bishyura iki? 

    c) Ni izihe nyamaswa ziba muri Pariki ya Nyungwe? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni ibihe bikorwa by’iterambere ubona aho utuye? 
    b) Kubera iki abaturage bagomba kubungabunga ibikorwa 
    by’iterambere?
    c) Kuki tugomba gusura pariki zacu?

    KWANDIKA
    1) Tondeka neza aya magambo ukore interuro maze uyandike.
    a) na - cyacapwe - iki - Sempyisi - gitabo.

    b) Mpwerazikamwa - ni - za - insyo - nziza.

    2) Soma inkuru ikurikira maze uvuge ingingo y’ingenzi ivugwamo uyandike.
    Ingagi ni inyamaswa ziri gukendera ku isi. 
    Ingagi nke zisigaye zimwe ziboneka mu Rwanda. 
    U Rwanda ruzirinda abahigi na ba rushimusi. 
    Baba bashaka kuzigirira nabi ngo bazirye banagurishe impu zazo. 
    Kwica ingagi ni icyaha gihanirwa.


    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira

    Isega n’imbwa

    s

    Kera habayeho isega inanutse cyane yiberaga mu ishyamba. 
    Umunsi umwe, yagerageje kwinjira mu rugo rw’imbwa. Imbwa 
    iyibonye irayimokera cyane iyibuza kwegera urugo rwayo.

    Isega irahuma maze iyibaza impamvu ibyibushye yo ikaba 

    inanutse. Imbwa iyisubiza ko ibyibushye kubera ko irya neza. 
    Iyisaba kutijujutira kunanuka kuko hari n’izindi nyamaswa 
    zinanutse. Yayihaye urugero rw’isha, utuyongwe, inkende 
    n’imihari uko bingana. Isega iyisubiza ko itarazibona kuko aho ziba 
    haba ingwe. Iyibwira ko iyo ingwe ihara biyitera ubwoba igahinda 
    umushyitsi. Imbwa ikomeza kuyitegereza ibonye ko yahorose, 
    yumva impuhwe ziraje.

    Nuko iyisaba ko yaguma aho, bikibanira, bikajya bisangira. Isega 

    irayemerera iguma aho, nyuma y’igihe gito itangira kubyibuha.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira:
    d
    a) Isega iratitira iyo ifite ubwoba.
    b) Ni byiza kutinubira ibyo abarimu badusaba gukora.
    c) Nahuye n’imbwa yo mu ishyamba ndayihisha.

    d) Imbwa yabonye isega yarananutse cyane iyigirira impuhwe.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Isega yari ifite ikihe kibazo? 
    b) Isega yabaga he? 

    c) Kubera iki imbwa yari ibyibushye? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Ese koko inyamaswa zose zinanutse zibonye ibyo kurya byiza 
    zabyibuha? 
    b) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    c) Ubona ari ba nde bakwiriye gufashwa?

    INTERURO

    Kosora interuro zikurikira uzigire interuro mbonezamvugo.
    a) Inkende n’inguge iba mu biti.
    b) Ba mukerarugendo agiye gusura ingagi.

    c) Inyamaswa enye yononnye ibihingwa.

    KWANDIKA
    Soma inkuru wahawe maze uhitemo ingingo y’ingenzi 

    ikubiyemo uyandike.

    Mu Rwanda hari pariki zibungabungwa. Izo ni Pariki y’Akagera, 
    Pariki ya Nyungwe na Pariki y’Ibirunga. Nyungwe ni pariki ibamo 

    amoko menshi y’inguge. Ingagi ziba muri Pariki y’Ibirunga.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Dusobanukirwe n’inyamaswa

    m

    Uko inyamaswa zidahuje amazina ni na ko zidahuje intaho. Hari 
    inyamaswa ziba mu myobo no mu masenga. Hari iziba mu bihuru, 
    ibyari n’imiheno. Amazi na yo ni intaho y’inyamaswa zimwe na 
    zimwe.

    Inguge, ingagi, inkende n’impundu zitaha mu biti. Ingona, imvubu, 

    inzibyi n’utunyamasyo tumwe biba mu mazi. Impyisi, imihari 
    n’imbwebwe byo byibera mu masenga. Impara, imparage n’isha 
    biba mu mashyamba cyangwa mu mukenke. Ibiguruka bitaha mu 
    byari, mu biti cyangwa mu bishanga. Indyanyama nk’intare, ingwe 
    n’impyisi zitungwa n’indyabyatsi nk’imbogo, impara n’amasatura. 
    Iyo ingwe ihiga iromboka, ntihare ngo zitayumva zigakwira 
    imishwaro. Intare na yo ni uko, iyo ihiga ntitontoma.

    Indyabyatsi zose zihorana amakenga kubera indyanyama zizihiga.
    2. Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:
    n
    a) Impara iyo zikanze intare………….
    b) Imyitwarire mibi ya Karire iteye ababyeyi be..............
    c) Umujura…………..kugira ngo batamwumva.

    d) ………….zibera mu mazi.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni izihe nyamaswa ziba mu mazi zavuzwe mu mwandiko? 
    b) Inguge zitaha hehe? 

    c) Kuki ingwe n’intare iyo zihiga zigenda zomboka? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Kuki impara, imparage n’isha bibana?
    b) Vuga izindi nyamaswa ebyiri waba uzi z’indyabyatsi zitavuzwe 
    mu mwandiko. 
    c) Ni gute twabungabunga inyamaswa?

    Interuro mbonezamvugo n’interuro nyobyamvugo (D)

    1. Itegereze interuro zikurikira maze utahure aho interuro 
    ebyiri za mbere zitandukaniye n’ebyiri za nyuma.
    a) Intare arya inyama.
    b) Isatura ni ingurube wo mu ishyamba.
    c) Intare zirya inyama.

    d) Isatura ni ingurube yo mu ishyamba.

    Menye ko:Interuro ebyiri za mbere ni interuro nyobyamvugo 
                          kubera ko inyamaswa ziri kuvugwa nk’aho ari abantu.
                          Interuro ebyiri za nyuma ni interuro mbonezamvugo.

    2. Mu nteruro zikurikira shakamo interuro nyobyamvugo 

    unazikosore.

    a) Inyamanza ari mu giti.
    b) Umuntu arabungabunga ibidukikije.
    c) Ikigori areze neza.
    d) Ibishyimbo bireze neza.

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako, wandike 

    igisubizo.

    Umurobyi yagiye kuroba mu kiyaga.
    Nta fi yigeze abona kugeza nyuma ya saa sita.
    Butangiye kwira aroba ifi imwe arishima.
    Mu gihe yashakaga kuroba indi, injangwe iraza.

    Yamutwaye ya fi iriruka, asigara yumiwe

    Ikibazo: Iyo umurobyi aza kuba yazanye imbwa ye byari kugenda gute?

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Impyisi mu rwina rwa Bakame

    f

    Kera impyisi yakundaga kwiba imineke mu nsina z’abaturanyi. Umunsi 
    umwe, Bakame iyisanga ibundaraye ku rwina rwayo iratabaza. Impyisi 
    aho guhunga igahuma inarya imineke.

    Bakame ikomeza gukoma akamo, inyamaswa zose zirahurura. 

    Impongo isiga akana kayo mu gihuru yiruka ijya gutabara. Imbwebwe 
    isiga ibibwana mu isenga isohoka ibwejagura iratabara. Umusambi 
    wari ubundikiye udushwi twawo udusiga mu cyari uratabara. Inyoni 
    zari mu biti ziguruka zijwigira zerekeza kwa Bakame. Intare aho 
    yari iri iratontoma ibwira inyamaswa kuyizanira umujura. Zihageze 
    zisanga impyisi iri ku rwina rw’imineke ihuma.

    Nuko zirayifata ziyishyira intare ariko igenda itakamba isaba 

    imbabazi. Ikomeje kubogoza, zirayibabarira ariko ziyica ikiru, ziyisaba 

    kutazongera ukundi.

    2. Inyunguramagambo

    e

    a) Nabonye imbwa............ku nkoko. 
    b) Yarakosheje bamuca………….
    c) Imineke itaze mu.............iraryoha. 

    d) Inzuki zamudwinze none ari.....……..

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Kera impyisi yakundaga kwiba iki?
    b) Kuki Bakame yakomye akamo? 

    c) Bakame imaze gukoma akamo inyamaswa zabigenje zite?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Gusaba imbabazi uwo wakoshereje bimaze iki? 
    b) Guca ikiru umuntu wakosheje bimariye iki nyiri ukugitanga? 

    c) Gusabana imbabazi bihuriye he no kwimakaza umuco w’amahoro?

    Interuro mbonezamvugo n’interuro nyobyamvugo

    Mu nteruro zikurikira shakamo interuro mbonezamvugo.

    a) Igiti aragaragara kiraboneka.
    b) Ukwezi kuragaragara ndakubona. 
    c) Intare aragaragara ndamubona.
    d) Inyamaswa ziragaragara ndazibona.

    e) Icyuma kiragaragara ndakibona.

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Umurisa yagiye ku ishuri anyura hafi y’umugezi.
    Arebye muri uwo mugezi abonamo ururabo rureremba ku mazi.
    Yunamye agira ngo arukuremo, aranyerera ikanzu ye ijyaho ibyondo.

    Yishimiye ko arukuyemo ariko ntiyajya kwiga kubera kwandura.

    Ikibazo:

    Andika uko byari kugenda iyo Umurisa aza gukuramo ururabo akoresheje igiti.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Ibikururanda

    e

    Ku isi haba inyamaswa zitandukanye. Hari izigendesha amaguru ane, 
    ibiguruka n’ibikururanda. Izo nyamaswa, ziba mu byari, mu myobo, 
    mu mazi, mu mashyamba n’ahandi. Muri izo zose ibikururanda bigira 
    umwihariko.

    Ibikururanda byinshi bitungwa n’udusimba,
    bikororoka biteye amagi. 
    Ibyana byabyo byikura mu magi, bigakura byirwanaho. Bimwe bifite 
    amaguru ibindi nta yo bifite. Icyo byose bihuriyeho ni uko bigenda 
    bikurura inda. Ibikururanda biba mu mabuye, mu myobo, mu mazi, 
    n’ahandi. Mu bikururanda dusangamo ibinini n’ibito. Twavuga 
    nk’ingona, inzoka, imiserebanya, ibyugu, iminyorogoto n’ibindi.

    Ibikururanda bidufitiye akamaro kanini. Hari ibirya imibu 

    n’amasazi yanduza abantu indwara. Hari ibikunze gusurwa na ba 
    mukerarugendo bakatuzanira amadovize. Turinde ibikururanda 

    nk’izindi nyamaswa kubera akamaro kanini bidufitiye.

    2. Inyunguramagambo 

    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:

    e

    a) Inzoka n’imiserebanya bibarirwa mu…………
    b) ……………..ni inyamaswa zijya gusa n’imiserebanya. 
    c) Ibikururanda…………....bihunga bikoresheje inda.

    d) Bimwe mu bikururanda bitera amagi maze ibyana byabyo..........

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ibikururanda bikunda kuba hehe? 
    b) Ibyana by’ibikururanda bivuka bite?

    c) Ibikururanda byinshi bitungwa n’iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iyihe mpamvu tugomba kurinda ibikururanda nk’izindi 
    nyamaswa?
    b) Ibikururanda n’ibiguruka bitandukaniye he?

    c) Ni ibihe bikururanda biboneka aho mutuye? 

    INTERURO

    Ni izihe nteruro mbonezamvugo muri izi zikurikira

    a) Ibidukikije bigomba kubungwabungwa.
    b) Amashyamba na we ni ibidukikije.
    c) Igiti agororwa kikiri muto.

    d) Tuge turya ibiryo bifite ubuziranenge

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Hari umugezi wambukiranywaga n’ikiraro cyoroshye cyane.
    Inzovu yari ituye hakuno y’umugezi, akanyamasyo gatuye hakurya.
    Inzovu yatumiye akanyamasyo ngo kaze bisangire amafunguro.
    Akanyamasyo karambutse gasangira n’inzovu, gataha kishimye.

    Ikibazo: Andika uko byari kugenda iyo akanyamasyo kaba ari ko 

    katumiye inzovu.

    Umwitozo
    Uzuza utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira maze uzisome wubahiriza
    uko twakoreshejwe.

    Mama weee Burya rwose abishyize hamwe ntakibananira pe 
    Ese abantu bose bazi ko ari ngombwa kurwanya ubunebwe 
    Ni abantu bangahe batari bamenya ko kubahiriza igihe ari 
    ngombwa Twese turwanyije ubunebwe tukanubahiriza igihe 

    twatera imbere kakahava pe

    Isuzuma risoza umutwe wa kane
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inzoka kwa Semanywa

    b

    Semanywa yumvise urusaku rw’ikintu kivugiriza mu nzu arikanga. 
    Arebye aho urwo rusaku ruturuka, abona ni inzoka ndende pe! Agira 
    ubwoba, atekereza ko yaturutse mu mwobo wari hafi aho.

    Yaketse ko yaba ari ikiryambeba cyangwa inshira abona si zo. Yibajije 

    niba ari umukenganya, abona si wo kuko uba mu biti.Yatekereje ko 
    ari impiri abona si yo kuko yo iba ngufi. Yaketse ko ari iziba mu mazi 
    nk’uko amafi n’imitubu bibamo biramuyobera. 

    Umuturanyi we Mukantwari yahise ahasesekara, amumara ubwoba. 

    Abwira Semanywa ko ari insharwatsi kubera ibara ry’icyatsi 
    n’urwasaya rwayo.

    Ntibayisagarira. Barayihinda, isohoka mu nzu irengera mu gihuru 

    irigendera. Bakomeje kuganira ku moko y’inzoka nk’insana, 
    uruziramire, imbarabara n’izindi. Semanywa asobanukirwa atyo, 
    ashimira Mukantwari wamuhumurije kandi akamusobanurira amoko 
    y’inzoka.

    2. Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:
    m
    a) Nabonye_______hafi y’amazi. 
    b) _______ wacu afite abana twigana. 
    c) Abana babonye inzoka ___________. 
    d) Uwo mwana____________biramunezeza.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyateye Semanywa kwikanga? 
    b) Ni nde wasobanuriye Semanywa amoko y’inzoka? 

    c) Inzoka yakanze Semanywa isohotse mu nzu yagiye hehe?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni izihe nyamaswa uzi ziba mu mazi?
    b) Ni iki washima Mukantwari na Semanywa ku bijyanye no 
    kubungabunga ibidukikije?

    c) Twakora iki kugira ngo ibikoko bitaza mu nzu?

    UTWATUZO

    1. Ukoresheje akambi, huza akatuzo n’uko kitwa.

    d

    2. Shyira utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira.

    a) Ingagi impundu ibitera n’inkende birakorana bihanahana 
    ibitekerezo binyuranye
    b) Yooo mbega inyamaswa ibereye amaso
    c) Ese wowe wari wajya gusura ingagi inkende n’ibitera
    d) Impongo ingona imvubu ibitera n’isatura ni zimwe mu 

    nyamaswa ziba muri Pariki y’Akagera.

    3. Andika interuro ukoreshemo uko bikwiye utwatuzo dukurikira.

    a) Akabazo

    b) Agatangaro

    KWANDIKA

    1. Ukoresheje akambi huza izina ry’inyamaswa, ibyana byazo, n’urusaku rwazo ubyandike.
    e
    2. Andika mu mukono ingingo y’ingenzi ivugwa mu 

    mwandiko “Inzoka kwa Semanywa”.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Impamvu inguge zitavuga

    6

    Inguge zibajije impamvu zitavuga nk’abantu kandi zenda kumera 
    nka bo. Nuko ingagi itumiza inama y’inguge zose, zibyunguranaho 
    ibitekerezo. Zanzura ko zigomba kujya gutakambira Imana, zikayisaba 
    kuvuga nk’abantu.

    Zigeze imbere y’Imana ziyibwira ikifuzo cyazo maze Imana iracyumva. 

    Iziha ubushobozi bwo kuvuga, ariko ko zigomba kubaha umuntu. Mu 
    nzira zitaha, inkende zihura n’umukobwa wikoreye imineke. Zigira 
    amerwe ziramutega agwa hasi zirya ya mineke. Umukobwa atabaza 
    Imana adidimanga ngo ibisimba bivuga biramwishe. Imana byose 
    yarabirebaga yongera gutumiza inguge zose mu nama. Izibwira 
    ko izatse ubushobozi bwo kuvuga nk’abantu kubera ko inkende 
    zitubahirije amasezerano. 

    Nuko zitaha zimyiza imoso. Kuva ubwo inguge zose ntizongera kuvuga 

    nk’abantu ukundi.

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza izi nteruro ukoresheje aya magambo:

    9

    a) Iyo umuntu afite ubwoba avuga………………..
    b) Yabuze amafaranga yo kwivuza ahitamo................
    umuturanyi ngo amugurize.
    c) Imbwa zahize urukwavu rurazisiga zitaha................

    d) Impyisi yabonye intama igira.............ishaka kuyirya.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni ikihe kibazo inguge zari zifite?
    b) Inguge zigiriye iyihe nama?

    c) Imana yahannye ite inguge zimaze guhemukira umukobwa?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Utekereza ko inguge zitwaye zite imbere y’inkende 
    yatumye zakwa ubushobozi bwo kuvuga?
    b) Ni ibihe byiza byo kubahiriza amasezerano?

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    INTERURO

    Kosora interuro zikurikira uzigire interuro mbonezamvugo.

    a) Ingwe ashobora kubyara ibyana babiri.
    b) Inkokokazi gitera amagi zikayararira zikayaturaga 
    hakavamo udushwi.
    c) Ejo hazaza nagiye mu mahugurwa yo kudukangurira 
    kwizigamira ngo twiteze imbere.

    d) Abantu yose bakwiye kubungabunga ibidukikije.

    KWANDIKA

    1. Huza inyamaswa n’intaho yayo maze ubyandike.

    i

    2. Ongera usome umwandiko “Impamvu inguge zitavuga”, 

    hanyuma wandike irindi herezo ryawo.

  • Umutwe wa gatanu :Umuco w’amahoro

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Kamariza na bagenzi be

    a

    Kera Kamariza, Murebwayire na Ncyuyimihigo bajyanaga ku 
    iriba ntibasigane. Umunsi umwe, Kamariza yapfunyitse impamba
    ayimaho bagenzi be. Baramwinginga cyane ngo abaheho 
    arabashwishuriza, maze baramurakarira.

    Bamaze kuvoma bikorera utubindi twabo nuko bashyira nzira 

    barataha. Mu nzira, Kamariza akoze ku ijosi yumva yataye akanigi 
    ke. Abwira bagenzi be ngo bamuherekeze bage kugashaka, na bo 
    baramwangira. Murebwayire na Ncyuyimihigo baramucyurira ngo 
    ntibamufasha kandi ari igisambo. Kamariza yibutse ko yabimye, 
    agira intimba arabinginga, abasaba imbabazi. Murebwayire na 
    Ncyuyimihigo baramubabarira kuko yazibasabye abikuye ku 
    mutima. Bamaze kwiyunga baramuherekeza nuko bajya gushaka ka 
    kanigi ke.

    Bamaze kukabona, Kamariza arishima cyane, abashimira ubufasha 

    bamuhaye. Kuva ubwo, Kamariza ntiyongera gukora icyamuteranya 

    na bagenzi be.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko? 
    b) Ni iki cyatumye bagenzi ba Kamariza banga kumuherekeza 
    ngo bage gushaka akanigi ke?

    c) Kubera iki Kamariza yagize intimba?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Uramutse ukoshereje mugenzi wawe wakora iki? 
    b) Ikibazo Kamariza na bagenzi be bari bafitanye cyakemutse gite? 

    c) Ni iki wakwigira kuri Kamariza na bagenzi be?

    KUBARA INKURU

    Soma agakuru gakurikira utahure uko katangiye, uko 
    kakomeje n’uko karangiye.

    Umunsi umwe, Mugeni na Kankindi batoye akanigi. Batangira 

    kugakurura buri wese akita ake. Akanigi gacikamo kabiri.
    Amasaro yako aranyanyagira. Babona ko bapfaga ubusa. 

    Basabana imbabazi barababarirana.

    Menye ko:Ubara inkuru agira uko ayitangira, uko ayikomeza 
                           n’uko ayisoza. Inkuru iba igizwe n’intangiriro, igihimba 

                          (ipfundo) n’umusozo (iherezo).

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza ibice by’amagambo 

    maze ukore ijambo uryandike unoza umukono.

    e

    2. Tondeka neza izi nteruro wandike agakuru unoza umukono.

    Akanigi gacikamo kabiri.
    Amasaro yako aranyanyagira.
    Babona ko bapfaga ubusa.
    Batangira kugakurura buri wese akita ake.
    Basabana imbabazi barababarirana.

    Mugeni na Kankindi batoye akanigi.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Warupyisi na Bakame

    e

    Kera Bakame yakundaga kuryarya Warupyisi, ibyo 
    amusezeranyije byose ntabikore. Umunsi umwe, abwira 
    Warupyisi ngo azaze iwe basangire ikimasa. 

    Bukeye Warupyisi aritegura abwira umugore we n’abana ngo 

    bajyane kwa Bakame. Nuko baragenda bageze kwa Bakame 
    baravunyisha babura n’inyoni itamba. Babonye ntawubikirije, 
    bafata umwanzuro wo gusubira mu rugo. 

    Hashize iminsi, hagwa imvura idasanzwe yangiza inzu ya Bakame.

    Inkuru ibabaje igera kuri Warupyisi ko imvura yasenyeye 
    Bakame. Warupyisi yirengagiza uburyarya bwa Bakame maze 
    ajya kumuha umuganda. Yajyanye na bagenzi be nuko basanira 
    Bakame inzu arishima. 

    Bamaze kuyimusanira, Bakame yegera Warupyisi araturika 

    ararira bose baratangara. Bakame ahita asaba Warupyisi 
    imbabazi, amubwira ko atazongera kumuryarya. Warupyisi 

    aramubabarira amubwira ko inabi ititurwa indi.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo:

    r

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni iki Bakame yabeshye Warupyisi? 
    b) Ni ikihe kibazo cyavutse kwa Bakame? 

    c) Ni ikihe kintu kiza Warupyisi yakoreye Bakame?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Utekereza ko ari iki cyatumye Bakame asaba Warupyisi imbabazi? 
    b) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko ? 
    c) Vuga nibura ingingo ebyiri z’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho? 

    KWANDIKA
    Soma aka gakuru maze uhuze buri nteruro n’igice 

    k’inkuru ibarizwamo

    a

    Imyitozo
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Bakame na Ruhaya

    4

    Kera Bakame na Ruhaya bari inshuti magara basangira byose. 
    Umunsi umwe, bigira inama yo guhinga ngo biteze imbere. 
    Bagirana amasezerano yo gufatanya no gukorera hamwe muri 
    byose. 

    Bahinze umurima mugari bateramo imbuto z’amatunda. 

    Barazibagara, bashyiramo ifumbire, barazisasira zikura zimeze 
    neza. Basezerana ko igihe cyo gusarura nikigera bazajya bajyana 
    gusarura. Nta wari wemerewe gusarura ayo matunda wenyine 
    undi adahari. 

    Igihe cyo gusarura kigeze, Bakame agira ishyushyu ajya 

    gusarura wenyine. Ruhaya agiye gusura Bakame asangayo 
    igitebo cy’amatunda ahishije neza. Ruhaya akubitwa n’inkuba
    nuko abaza Bakame impamvu yamuhemukiye atyo. Bakame 

    abura aho akwirwa aramanjirwa yinginga Ruhaya barayagabana. 

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza interuro ukoresheje amagambo akurikira.

    s

    a) Gapusi .............. ryo gushaka kurya abandi bataraza.
    b) Bamubwiye ko yatsinzwe .......................
    c) Abagiranye ………………barayubahiriza.

    d) ..................... ntizijya zihemukirana.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko?
    b) Ni iki Bakame na Ruhaya biyemeje gukora?
    c) Ni nde utarubahirije amasezerano?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki unenga Bakame ? 
    b) Ni izihe ngingo zigaragaza imibanire myiza ziri mu mwandiko ? 
    c) Shaka ubundi buryo ikibazo cya Ruhaya na Bakame cyari gukemukamo ?

    KWANDIKA
    1. Huza ibice by’amagambo maze ukore ijambo uryandike.
    c
    2. Soma aka gakuru maze uhuze buri nteruro n’igice k’inkuru ibarizwamo
    d

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umukecuru n’agasamunyiga

    m

    Kera habayeho agasamunyiga k’agahemu kiberaga mu 
    ishyamba rya Muyunzwe. Kari karajujubije abagenzi bacaga 
    muri iryo shyamba kabambura utwabo. Abagenzi bari barabuze 
    amahwemo.

    Umunsi umwe, ka gasamunyiga karabyutse maze kajya gutega 

    abagenzi. Karagenda kikinga inyuma y’igihuru aho kari gasanzwe 
    gategera abagenzi. Ako kanya, hatunguka umukecuru Nyiramana 
    wikoreye agatebo kuzuye imineke. Ka gasamunyiga kamubonye 
    yikoreye agatebo k’imineke gatangira kwisetsa cyane. 

    Muri ako kanya umukecuru
    ashya ubwoba yibaza uko agacika. 
    Mu gihe akibaza uko abigenza, hirya gato hatunguka umuhari. 
    Umuhari witegereje uko agasamunyiga katitije umukecuru, 
    urakavudukana amaguru kayabangira ingata. Biba iby’ubusa 
    umuhari uragafata ukagarura imbere ya wa mukecuru. 
    Karapfukama gasaba imbabazi ko katazongera kwambura abantu, 

    karekera aho kujya gasagarira abagenzi.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    s

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Agasamunyiga kabaga he?
    b) Kari karajujubije abagenzi gate ? 

    c) Ni iki cyakijije umukecuru?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Kuki agasamunyiga kisubiyeho ntikongere gusagarira abagenzi ? 
    b) Uhuye n’umuntu akagusagarira wabigenza ute? 

    c) Utekereza ko uriya mukecuru yakoreye iki umuhari?

    INYUGUTI NKURU

    1. Soma interuro zikurikira, witegereze ahantu hakoreshejwe 

    inyuguti nkuru, uvuge itandukaniro ryaho.

    a) Agasamunyiga kabaga mu ishyamba rya Muyunzwe. 
    b) Ako kanya hatunguka umukecuru Nyiramana yikoreye igitebo.

    Menye ko:   

    Inyuguti nkuru itangira interuro, ikanatangira amazina 
    bwite y’abantu n’ay’ahantu.
    Ingero: Yooo! Agasamunyiga katitije Nyiramana.

     Bari batuye i Kigali

    2. Umwitozo

    Kosora agakuru gakurikira ushyira inyuguti nkuru aho 

    zigomba kujya.

    umunsi umwe, ncyuyishyo yavaga i gahini kwiga. ageze mu 
    nzira ahura n’intama ya benegusenga. dore ngo aragira 
    ubwoba! si ukwiruka afumyamo! ese yaba yaraketse ko ari 
    imbwa? ako kanya semfwati aba arahageze amubwira ko 

    intama itaryana.

    KWANDIKA

    Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Kamanzi asaba Kamari imbabazi aramubabarira.
    Bareka gukina agapira batangira gushwana. 
    Kamari na kamanzi bakinaga agapira.
    Umwarimu wabo ababonye arabakiza.

    Kamanzi akinira nabi Kamari biramubabaza.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Ntama na Nyambo

    w

    Umunsi umwe, Nyambo yari yicaranye na Ntama munsi y’igiti, 
    baganiraga bahuje urugwiro. Buri wese yari yishimiye undi, 
    bamwenyura cyane. Biza kugera aho Nyambo abwira Ntama 
    ko afite uduhembe duto. Ntama amusubiza yitonze ko kugira 
    amahembe maremare atari bwo butwari. 

    Nuko batangira
    gucyocyorana cyane ibyari ibyishimo bihinduka 
    intonganya karahava. Hashize akanya, Nyambo akaraga ihembe 
    cyane ngo aritere Ntama. Ihembe ntiryamufata, ryishinga 
    mu butaka Nyambo ananirwa kurivanamo. Nyambo atangira 
    gutakambira Ntama cyane amusaba ko yamufasha kurivanamo. 
    Ntama yirengagiza ko batonganaga amufasha kurivana mu 
    butaka bwangu. 

    Ihembe rivuyemo, Nyambo
    aca bugufi yegera Ntama amusaba 
    imbabazi. Basanga bapfaga ubusa Ntama aramubabarira. Kuva 

    ubwo Ntama na Nyambo ntibarongera gutongana babana neza.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ntama na Nyambo bari bicaye he?
    b) Ni iki Ntama yabwiye Nyambo kikamurakaza?
    c) Ihembe rya Nyambo rimaze kwishinga mu butaka, Ntama yakoze iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ukeka ko intonganya hagati ya Nyambo na Ntama zatewe n’iki?
    b) Utekereza ko ari iki cyatumye Nyambo asaba Ntama imbabazi?

    c) Mugenzi wawe ahuye n’ibyago wamumarira iki?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, shaka mu kinyatuzu amagambo 
    ashingiye ku muco w’amahoro ajyanye n’aya mashusho, maze uyandike.
    w
    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiraho.
    Kanyana ni inshuti ya Gasaro.
    Ntibajya basigana ku ishuri. 

    Bakunda kwigira hamwe.

    Ikibazo: Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 
    kagizwe n’interuro eshatu ku ngingo yo kwimakaza imibanire 

    myiza n’abandi.

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kampire na bagenzi be

    4

    Kera habayeho umwana witwaga Kampire, agakunda gushyamirana cyane 
    n’abandi. Igihe kimwe, arimo gukina n’abanyeshuri bagenzi be, Manzi 
    amusitaraho. 

    Kampire ahita atonganya Manzi maze amubwira ko abikoze nkana

    Ariko Manzi akomeza kumusaba kureka intonganya kuko yamusitayeho 
    atabishaka. Kampire yanze kumubabarira akomeza kumutonganya ndetse 
    ashaka kumukubita.

    Abandi banyeshuri babibonye, bahagarika imikino yabo, baza kubakiranura. 

    Babwira Kampire ko gushyamirana ari intandaro y’amakimbirane mu 
    bantu. Banamubwira ko guhora atonganya abandi atari umuco ugomba 
    kumuranga. Muri ako kanya, umwarimu yumva basakuza, aza kureba 
    ikibaye. Ahageze ababaza impamvu basakuza cyane, abanyeshuri 
    bamusobanurira uko byagenze.

    Nuko umwarimu wabo arabunga anababwira ko bagomba kwirinda 

    ubushyamirane. Kampire yumva impanuro, ababarira Manzi aniyemeza 
    kutazongera gushyamirana n’abandi.

    2. Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zatanzwe ukoresheje amagambo akurikira.

    q

    a) Tuge twirinda gukosereza bagenzi bacu ……………
    b) ………………… byatuma tutabana mu mahoro.
    c) Yumvise ..................... z’umubyeyi.

    d) Muneza na Kabirigi bagiranye ……………… baza kwiyunga.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni nde wavuzwe mu mwandiko wakundaga gushyamirana n’abandi?
    b) Kampire atonganya Manzi byari bigenze bite?

    c) Umwarimu amaze kunga Kampire na Manzi yababwiye iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Iyo aza kuba wowe Manzi yasitayeho atabishaka, wari gukora iki? 
    b) Ni iki washima Kampire? 
    c) Nyuma yo gusoma uyu mwandoko urumva igihe ukina n’abandi uzajya
    wirinda iki?

    INYUGUTI NKURU

    Kosora interuro zikurikira ukoresha uko bikwiye inyuguti nkuru.
    a) uyu munsi yohani yansabye imbabazi ndazimuha.
    b) yebaba wee! ngeze i murambi pe!

    KWANDIKA
    1. Tondeka iyi migemo wandike ijambo.
    A

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikira.

    Inzu ya Bakame yasenywe n’isuri.
    Umuhari uyiha umuganda wo kuyisana.

    Bakame yongera kubona aho iba ishimira umuhari.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 
    kagizwe n’interuro eshatu ku ngingo yo kwimakaza 

    imibanire myiza.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Imbata n’inkokokazi

    r

    Kera imbata n’inkokokazi byabanaga neza mu mahoro. Umubano 
    wabyo wari intangarugero ku yandi matungo yose byabanaga. 

    Umunsi umwe, imbata yagiye koga mu ruzi maze irarohama. Andi 

    matungo abibonye abimenyesha inkokokazi, ya nshuti magara 
    y’imbata. Nuko inkokokazi ihita itangira gushakisha uko yarohora 
    imbata. Yayirohoye yarembye, yanegekaye, yiyemeza kuyiraririra
    amagi hamwe n’ayayo. Imbata yari yarateye amagi atandatu, 
    inkokokazi yarateye ane. Inkokokazi yabonaga bitazayorohera 
    kuyararirira hamwe yose, ariko ntiyacika intege. Igihe kigeze 
    irayaturaga maze udushwi twose iturerera hamwe. Yaradutoreraga, 
    ikatubundikira, kugeza igihe imbata ikiriye. 

    Ya mishwi yose yarakuze igirana igihango cyo kutazigera 

    ihemukirana. Ni yo mpamvu n’ubu inkokokazi ituraga amagi 

    y’imbata ikanayirerera imishwi.

    2. Inyunguramagambo

    Amagambo aciyeho akarongo mu nteruro yasimbuze ayo bivuga 

    kimwe muri aya magambo akurikira.

    s

    a) Iyo inkware imaze gutera amagi yihutira kuyabundikira ngo azavemo udushwi.
    b) Inkoko yacu yarariye amagi ikuramo udushwi.
    c) Bagiranye amasezerano ko bagomba gukomeza kubana mu mahoro badahemukirana.

    d) Imbata yagiye koga mu kiyaga igwamo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni ayahe matungo yavuzwe mu mwandiko? 
    b) Ni iki cyavuzwe mu mwandiko inkokokazi yihanganiye? 

    c) Imishwi yose imaze gukura yagiranye ikihe gihango? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima inkokokazi? 
    b) Kuki inkokokazi yiyemeje kurarira amagi y’imbata? 
    c) Erekana ko muri uyu mwandiko hagaragaramo umuco wo gutabarana.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, curukura aya magambo maze wandike interuro
    ubonye mu mukono.

    Urugero:

    ni  -wese  -buri  –ingirakamaro - Kubaha

    Kubaha buri wese ni ingirakamaro

    a) twakoshereje -Ni-imbabazi-ngombwa-abo-gusaba.
    b) ni -Gusaba -kuzitanga- ingirakamaro -imbabazi -no.
    c) twirinda –Tuge- intonganya -gihe -buri.
    d) bigaragaza -myiza -Gusurana -imibanire.

    e) byiza –Ni- gutabarana.

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Asubiye ku ishuri agakina na bagenzi be.
    Kamana ageze iwabo arakaboha.
    Bose bamushimira ko ari umwana mwiza.
    Basaba Kamana kukaboha kuko yari abizi.
    Abanyeshuri babuze agapira ko gukina.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Magirirane na Mahoro

    4

    Magirirane yakundaga gukubaganira abandi bana mu ishuri. Bose 
    bamuhaga akato ngo atabakubita. Ntiyitaga ku masomo kuko igihe 
    kinini yiberaga mu mpaka za ngo turwane.

    Umunsi umwe, umwarimu yamubajije ikibazo kiramunanira maze 

    Mahoro aragisubiza. Nuko atangira kwibaza impamvu ahora 
    atsindwa kandi abandi batsinda. Magirirane abaza Mahoro igituma 
    we azi gusubiza neza. Mahoro amubwira ko adakubaganye, 
    agakurikira umwarimu yigisha, yamenya gusubiza. Magirirane 
    yumva inama za Mahoro yiyemeza kuzubahiriza. Kuva ubwo 
    atangira kujya asubiza neza bituma aba umuhanga. Ndetse aza mu 
    myanya ya mbere abikesheje izo nama. 

    Ku munsi w’amanota, Magirirane yasabye imbabazi bagenzi 

    be yiyoroheje. Abasezeranya ko atazongera kubakubaganira, 

    anashimira Mahoro inama nziza yamugiriye.

    2. Inyunguramagambo

    Amagambo aciyeho akarongo ari mu nteruro yasimbuze 

    ayo bivuga kimwe muri aya akurikira.

    w

    a) Baramuhezaga kubera ko bakekaga ko arwaye igituntu.
    b) Yabonye amanota meza kubera umuhate yagiraga.
    c) Kankindi yasuzuguraga inama za mwarimu.

    d) Ni byiza gukurikiza inama tugirwa mu ishuri.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Kuki abandi bana bahaga Magirirane akato? 
    b) Mahoro asubije neza ikibazo Magirirane yakoze iki? 

    c) Mahoro yabigenje ate Magirirane amaze kumubaza?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Utekereza ko Magirirane yatsinze neza kubera iki?
    b) Ni iki cyatumye Magirirane asaba bagenzi be imbabazi?

    c) Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    d

    Urugero: Umunyeshuri ufasha abandi aba ari umuhanga.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikira.
    Rukundo yakinaga na Kamari.
    Kamari amukinira nabi Rukundo arababara.

    Kamari amusaba imbabazi Rukundo aramubabarira.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe katarengeje interuro eshatu.

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Intama n’ingurube

    d

    Kera ingurube n’intama byari bituranye, bisangira, bigasukirana, 
    bikanatabarana. Bukeye ingurube yadukana ubusambo, ikajya 
    yima intama, ikanayibira ubwatsi. 

    Intama ibibonye irayegera, iyigira inama yo kureka ingeso 

    yadukanye. Ariko ingurube ikomeza kwica amatwi, isuzugura 
    intama yigira indakoreka. Nyamara nyamwanga kumva ntiyanze 
    no kubona, ingurube yaribye ntibyayihira. Yibaga ibijumba, 
    yikanze nyiri umurima iriruka, igwa mu mwobo. Ingurube 
    irabwejagura, intama yumvise urusaku iza kureba ikibaye. 
    Ihageze isanga ingurube yaguye mu mwobo murerure yavunitse 
    ukuguru. 

    Intama ibonye akababaro k’ingurube, iyigirira impuhwe, 

    iyikuramo irayisindagiza birataha. Yayitagaho, ikayiganiriza 
    neza, ikayishakira amazi ashyushye, ikayikarabya, ikanayikanda. 

    Ingurube imaze gukira yibuka uko yasuzuguye inama z’intama 

    iricuza. Iyisaba imbabazi ikomeje, intama irayibabarira byongera 

    kubana mu mahoro.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo:


    a) Kamana na Rutebuka iyo bahishije ikigage.............
    b) Semiburo yigize ............................ ntawukimuvuga.
    c) Mukamusoni baramubwira ............. nyamara azabona ingaruka.
    d) Umuntu warembye ...................... bakamugeza kwa muganga.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Ni izihe nyamaswa zivugwa mu mwandiko? 
    b) Ni izihe ngeso ingurube yadukanye itari isanganywe? 
    c) Intama yakijije ite ingurube? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni ukubera iki intama yagiriye neza ingurube kandi yari imaze iminsi
     iyibwira 
    ntiyumve ? 
    b) Ni iki washima ingurube? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, tondeka aya magambo maze ukore interuro uzandike.

    Urugero:

    muri - Gufashanya - bizaduteza - byose - imbere. 

    Gufashanya muri byose bizaduteza imbere

    a) yakundaga - Ingurube - kwendereza - ikanayirira - intama - ibyatsi.
    b) Ingurube - gukira - imaze - yibuka - yasuzuguraga - 
    uko - intama - iricuza - maze.
    c) mu – yarayibabariye - Intama - bitangira - mahoro - kubana. 
    d) bagenzi - atari - bacu - kuko - byiza - Ntitukendereze.
    e) Ni - gutabara - ngombwa - mu - abari - makuba.

    2. Uhereye ku nteruro zatanzwe, andika izindi nteruro eshatu, ukore
    agakuru kumvikana.

    Maboneza yasitaye kuri Kariza.

    Maboneza aramwegera amusaba imbabazi.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kamikazi na Ngabo

    e

    Kamikazi na Ngabo bombi bigaga mu mwaka wa gatatu. Bahoraga 
    basagarirana, bagahora mu ntonganya, bakagera n’ubwo bashaka 
    kurwana. Rimwe Kamikazi yahishe ikayi ya Ngabo, ababyeyi baza 
    kubimenya. 

    Ababyeyi babo barabahamagara bombi, barabicaza, babagira inama. 

    Barabahanura, bababwira ko bagomba kubahana no kubana mu 
    mahoro. Babasaba kwirinda gushotorana, gushyamirana no gutongana. 
    Babagira inama yo gukorera hamwe no gufashanya muri byose. 
    Babasobanurira ko n’igihe bakina bagomba kujya birinda gusagarirana. 
    Bababwira kandi ko bagomba kwirinda gucuranwa igihe basangira. 
    Babibutsa ko ari ngombwa gufashanya igihe basubiramo amasomo 
    yabo. Kamikazi na Ngabo bakibyumva bombi bahita basabana imbabazi 
    barababarirana.

    Batangira gukorera hamwe no kubahana, ntibongera gutongana 

    ukundi. Ubu ni abanyeshuri b’intangarugero, bashimwa na buri wese.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    e

    a) Yamwiyenjejeho amubwira nabi ariko bageze aho bariyunga.
    b) Ni ingeso mbi kurya ibiryo usahuranwa na bagenzi bawe.
    c) Si byiza kutumvikana na bagenzi bawe kuko bitera 
    amakimbirane.
    d) Abana bendereza bagenzi babo bagomba kubireka.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko ?
    b) Ni ikihe kibazo Kamikazi na Ngabo bari bafitanye? 
    c) Ababyeyi bamaze kubagira inama Kamikazi na Ngabo bitwaye bate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni ibiki bigaragaza umunyeshuri w’intangarugero? 
    b) Ni iki ushima ababyeyi bavugwa mu mwandiko?
    c) Wakora iki kugira ngo ukize abantu bafitanye amakimbirane?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ukore interuro 
    uyandike.

    S

    Urugero: Tugomba kubaha abato n’abakuru.

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye.
    Inka iyisaba imbabazi ivuga ko itazongera .
    Ibigori byeze inka ikajya ijya kubyona.
    Inzovu irayibabarira .
    Inzovu iza kumenya ko inka iyonera ibigori.
    Inzovu yahinze umurima w’ibigori.
    Umunsi umwe iyisangamo yona


    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umuduri wa Kariza

    D

    Kera abaturage bo ku gasozi ka Rorero ntibabanaga neza. Abo 
    baturage bahoraga mu ntonganya n’inzangano za buri munsi. 
    Nta muturanyi wasuraga undi cyangwa ngo amutabare agize 
    ibyago. Umusaza Munderere yabibona bikamushavuza, atangira 
    gushakisha icyo yabikoraho.

    Umusaza abanga umuduri yigisha imfura ye Kariza kuwucuranga. 

    Nyuma y’iminsi mike, Kariza atangira kujya acuranga indirimbo 
    z’amahoro. Nimugoroba yahuzaga urungano rw’abana baturanye, 
    akabakirigitira umurya bakanyurwa. Abana bose bagera iwabo 
    bagasubiramo indirimbo z’amahoro Kariza yabaririmbiye. 

    Kuva ubwo, indirimbo za Kariza zikundwa cyane n’abantu b’ingeri 

    zose. Abana baziririmbiraga iwabo, ku ishuri no mu bitaramo. 
    Injyana n’ubutumwa by’indirimbo ze bikanezeza ababyumva.

    Izo ndirimbo nziza z’amahoro zakoze ku mitima y’abaturage. 

    Bose barahinduka babana neza, biberaho mu mahoro 
    n’umunezero.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo unayuzurishe 

    interuro zikurikiraho:

    W

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Abaturage bavugwa mu mwandiko babaga ku wuhe musozi?
    b) Se wa Kariza yari ahangayikishijwe n’iki? 

    c) Kariza yacurangiraga abandi bana indirimbo zerekeye iki? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima Kariza? 
    b) Urumva kubana mu mahoro bizamarira iki abaturage 
    bo ku musozi wa Rorero? 
    c) Ubonye bagenzi bawe bari mu ntonganya wabagira iyihe nama?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, huza amagambo ukore interuro 

    uyandike.

    D

    2. Soma agakuru gakurikira maze usubize ikibazo 

    gikurikiraho.

    Gwiza yari avuye ku ishuri ananiwe cyane.
    Ahura na Gasore ari ku igare amusaba kumutwara.
    Gasore aramwemerera amugeza mu rugo.

    Gwiza aramushimira na we arataha.

    Ikibazo: Ushingiyiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire 
    akawe katarengeje interuro enye ku ngingo y’imibanire myiza 

    n’abandi

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    Soma umwandiko ukurikira.


                               Isha n’inzovu



    Umunsi umwe, inzovu yaratambutse ihutaza akana k’isha. Isha 
    iyibajije impamvu yari iyihekuye iyishongoraho, isha iricecekera. 
    Kuva ubwo ariko ntibyongera kurebana neza kandi byari inshuti.

    Icyana k’inzovu cyaje gufatwa n’ uburwayi bukomeye cyane. 

    Isha yari inzobere mu kuvura ariko inzovu yo ntiyari izi imiti. 
    Inzovu yagize ipfunwe yibaza ukuntu izahinguka imbere y’isha 
    yarayishongoyeho. Igisha inama impara, iyibwira ko igomba kugira 
    ubutwari igasaba imbabazi. 

    Hagati aho icyana k’inzovu kirushaho kuremba. Inzovu isaba impara 

    ngo iyingingire isha iyivurire icyana. Isha ivura icyana k’inzovu 
    ititaye ku kuntu yayishongoyeho.

    Inzovu ibibonye ityo isaba isha imbabazi inarahira kutazongera 

    kwishongora. Nuko isha n’inzovu byongera kubana mu mahoro.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya amagambo:

    E

    a) Afite ……………. ryo gusaba imbabazi.
    b) Inzovu yakundaga …………… kubera ubunini bwayo.
    c) Abanyeshuri biga neza baba ……………….
    d) Iriya mbyeyi imvura yari ………….. Imana ikinga akaboko.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Isha imaze kubaza inzovu impamvu yari igiye 
    kuyihekura inzovu yakoze iki?
    b) Ni ubuhe butwari inzovu yasabwe kugira? 

    c) Ni ukubera iki inzovu yiyambaje impara? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni iki wakora mugenzi wawe aguhemukiye ntagusabe 
    imbabazi? 
    b) Urumva gusaba no gutanga imbabazi bimaze iki mu 
    buzima ? 

    c) Wagira iyihe nama bagenzi bawe bakoshereje abandi?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike

    A

    Urugero: Isha yari inzobere mu kuvura.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiraho.
    Batamuriza yari arimo gusimbuka umugozi.
    Muhoza amubonye amusaba ko bakina.
    Batamuriza yanga ko bakina.

    Ikibazo: Komeza ako gakuru ugahe iherezo rishimishije.

    Isuzuma risoza umutwe wa gatanu
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.


    Umurage usumba iyindi

    S

    Umukecuru Nyiramana yari akuze cyane imvi zari zarabaye 
    uruyenzi. Intege zimaze kumubana nke, atuma ku bana be bose 
    baraza. Bageze iwe, ababwira ko yumva ananiwe cyane, yenda 
    kwitahira. Yifuzaga kubasigira umurage uruta iyindi.

    Umukecuru ntiyabatindira atangira kubatekerereza umurage 

    yifuza kubasigira. Ababwira ko icyo abashakaho ari uko baba 
    ababibyi b’amahoro. Abasaba kubahana, gukundana, gufashanya 
    no kwirinda amakimbirane. Aboneraho kubibutsa ko abantu ari 
    magirirane. Abo bana bashimira umubyeyi wabo impanuro nziza 
    abahaye.

    Hashize iminsi umukecuru arapfa. Abana bakomera ku murage

    yabahaye baba intangarugero aho batuye. Umurage basigiwe 
    bawusangiza abaturanyi bibafasha kwikemurira amakimbirane.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo aya akurikira.
    E


    a) Nyiramana yari afite imisatsi y’umweru ku mutwe we.
    b) Umukecuru yongeye kubabwira ko abantu baba magirirane.
    c) Umukecuru yabasabye gukundana bakirinda ubushyamirane.
    d) Ababyeyi bakundaga guha abana babo inama.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Umukecuru uvugwa mu mwandiko yitwa nde? 
    b) Ni uwuhe murage umukecuru yahaye abana be? 

    c) Umukecuru amaze gupfa abana bitwaye bate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima abana ba Nyiramana? 
    b) Ni iki twakwigira ku mukecuru Nyiramana?

    c) Ni gute abantu ari magirirane?

    KWANDIKA

    1. Huza ibice by’amagambo ukore amagambo uyandike mu 

    mukono.

    W

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye
    Bukeye zijya gutumira ibikeri ngo bizasangire.
    Ibikeri bizibwira ko bitashobora kugera mu biti.
    Bigeze mu biti, birasabana birishima cyane.
    Inyoni zari zifite umunsi mukuru.
    Inyoni zibitiza amababa biragurukana

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umusaza n’akanyoni

    E

    Kera habayeho umusaza wahoraga mu ntonganya zidashira.Yari 
    yarajujubije abaturanyi be bagahora mu bushyamirane.

    Umunsi umwe, akanyoni karaje gahagarara mu bikingi by’irembo 

    rye. Karitonda kamubaza impamvu atumvikana n’abaturanyi 
    be, abura icyo agasubiza. Kabonye yinumiye nta cyo agasubije, 
    gakomeza kumuganiriza gatuje. Kamubwira ibyo kumvanye 
    abaturanyi be bamugaya, binubira uburyo ababangamira. Kamugira 
    inama yo kubana neza na bagenzi be mu mahoro. Kamubwira ko 
    iyo abantu babana neza bafashanya kandi bagatabarana. Ibyo 
    bigatuma biteza imbere aho guhora mu matiku n’inzangano.

    Umusaza amaze kumva inama z’akanyoni, atekereza ku 

    buzima abayeho. Arisuzuma asanga ari we ubayeho nabi 
    kurusha abaturanyi be bose. Yiyemeza kwisubiraho, ntiyongera 

    kubabangamira ukundi. 

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo.

    N

    a) ………………………bubuza abantu amahoro.
    b) Abaturanyi be ....................... amatiku ye.
    c) Uwera bamubajije uwaciye amapera ..................

    d) Bamugiriye inama yo gucisha make kubera ko yari .............

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni ba nde bavugwa mu mwandiko ? 
    b) Ni ikihe kibazo umusaza yateraga abaturanyi be? 

    c) Ni iki cyagiriye umusaza inama ?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Wumva ari ukubera iki umusaza uvugwa mu mwandiko yari 
    abayeho nabi? 
    b) Ni akahe kamaro ko kumvikana no gufashanya? 

    c) Ni iyihe nyigisho ukuye muri uyu mwandiko?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ukore 
    interuro uyandike.

    e

    Urugero: Akanyoni kagiraga umusaza inama gatuje.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiyeho.

    Mariza yari yicaye munsi y’igiti k’imyembe.
    Umwembe uza kugwa hasi arawutora .

    Ahamagara inshuti ye Mahoro barawusangira.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 

    katarengeje interuro eshatu ku ngingo y’imibanire myiza.

  • Umutwe wa gatandatu :Siporo n’imyidagaduro

     UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Bana dukine

    y

    Kuva kera imikino n’imyidagaduro byari ingenzi mu buzima 
    bw’abantu. Abana b’icyo gihe bitabiraga imikino inyuranye.

    Imikino mvamahanga
    itaramamara mu Rwanda, abana bakinaga 
    imikino gakondo ikabanezeza. Abahungu bakinaga umukino w’agati, 
    gusimbuka urukiramende, igisoro, gutera umuhunda, kumasha 
    n’iyindi. Abakobwa bo, akenshi basimbukaga umugozi, bagakina 
    ubute, bagasamata, bakihishana n’ibindi.

    Imikino n’imyidagaduro gakondo, yashoboraga guhuza abahungu 

    n’abakobwa. Byatumaga abana bato bakura neza ingingo z’umubiri 
    ntizihinamirane ahubwo zikagororoka. Bungukaga inshuti, bagakuza 
    umubano, bagasabana kandi ikabarinda indwara zinyuranye. Imikino 
    n’imyidagaduro gakondo yari ifite akamaro kanini tutarondora.

    Hari imikino gakondo igikinwa n’ubu nko gusimbuka urukiramende no 

    kwihishana. Ni byiza ko abana bayitabira kuko ari ingirakamaro ku 
    buzima.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    d

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni mu kihe gihe abana bakinaga imikino gakondo gusa? 
    b) Vuga imikino gakondo nibura itatu yakinwaga n’abana yavuzwe 
    mu mwandiko.
    c) Ni iyihe mikino gakondo yavuzwe mu mwandiko na n’ubu 

    igikinwa n’abana?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni uwuhe mukino gakondo mu yavuzwe mu mwandiko ujya 
    ukina? 
    b) Uratekereza ko gukina nyuma y’amasomo byakumarira iki 
    nk’umunyeshuri ? 

    c) Ni uruhe ruhare rw’imikino mu mibanire myiza y’abantu?

    UTURINGUSHYO

    Gusoma uturingushyo

    1. Soma utu twandiko maze utahure uko duteye.
    a) Imfura
        Imfura ni iyo musangira ntigucure, 
        Mwajya inama ntikuvemo. 
        Waterwa ikakuburira
        Wapfa ikakurerera.
       Kuba ukize ntusuzugure ukennye

        Wasonza ntiwibe.

    b)Itabi
               Itabi ry’i Nduga ni kaburabuza.
               Uraritera rikaguteranya,
               Waryivumburira utariteye, 

               Rikagutwara utuntu.

    Menye ko:

    Akaringushyo ari akandiko gafasha umunyeshuri 

    kumenya gusoma no gufata mu mutwe .

    2. Umwitozo

    Soma aka karingushyo maze ugafate mu mutwe
    Ibitotsi
    Ibitotsi ni ibiragi, bigomba ibirago,
    Usinzira utiziguye imuhira,
    Uwazindutse akagusumbya akantu!
    Ijoro ni intati, rikaba intambara,
    Ryageza igihe k’igicuku rikagucuragiza,

    Impyisi igatera, umurozi akaza!

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Ishuri ryateguye irushanwa ryo kwiruka.
    Nyiramana aba uwa nyuma mu bandi.
    Asaba Muhoza kumutoza kwiruka.
    Arabimwemerera batangira gukora imyitozo.
    Nyiramana amenya kwiruka ntiyongera kujya aba uwa nyuma.

    Ikibazo: Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze 

    gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Gashema arabahiga

    w

    Umunsi umwe, umwarimu yasabye Gashema gusimbuka urukiramende 
    biramunanira, abanyeshuri baramukwena. Bukeye ajya gusura sekuru 
    ku Musozi wa Rusozera ngo abimwigishe. 

    Gashema agezeyo, yasanze sekuru asekura amasaka y’amakoma 

    maze aramusuhuza. Yabwiye sekuru ko umwarimu we yamubwiye 
    gusimbuka urukiramende bikamunanira. Sekuru amufata ku rutugu 
    aramubwira ati: “Utabizi yicwa no kutabimenya.” Arakomeza 
    ati: “Ngiye gushinga uduti tubiri ntambikeho akandi nkwigishe 
    kurusimbuka.” 

    Yabimutoje gitore atamutoteza, maze Gashema abimenya bwangu 

    bitamugoye na gato. Amaze kubimenya asezera kuri sekuru, 
    aramushimira cyane amusezeranya kutazaba ikigwari. Akomeza 
    kwitoza gusimbuka urukiramende akabikora neza cyane. 

    Ikigo cyabo cyaje gutegura irushanwa mu mukino wo gusimbuka 

    urukiramende. Gashema ahiga bagenzi be bitangaza abanyeshuri 
    bose biganaga mu ishuri. Kuva ubwo, Gashema abera abandi urugero 
    mu gusimbuka urukiramende. Biramushimisha kuva ubwo, agahora 

    azirikana impanuro za sekuru.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Umwarimu yasabye Gashema gukora iki? 
    b) Gashema ageze kwa sekuru yasanze akora iki? 

    c) Sekuru yamutoje ate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni ukubera iki Gashema yahize abandi mu gusimbuka 
    urukiramende? 
    b) Wowe hari umukino ukunda gukina? Sobanura.

    c) Vuga ibintu bitatu by’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho.

    UTWATUZO

    Utwuguruzo n’utwugarizo « » / “ ”

    1. Itegereze interuro zikurikira maze werekane akamenyetso 

    kakoreshejwemo, uvuge aho kakoreshejwe

    Sekuru aramubwira ati: «Abatabizi bicwa no kutabimenya.»
    Arakomeza ati: «Ngiye gushinga uduti tubiri ntambikeho akandi 

    nkwigishe kurusimbuka.

    Menye ko:

    « » / “ ” Utu tumenyetso twitwa utwuguruzo n’utwugarizo
    - Ni utwatuzo dukoreshwa basubiramo amagambo yavuzwe n’undi.
    - Buri gihe tubanzirizwa n’utubago tubiri.
    - Ijambo rya mbere mu nteruro iri hagati yatwo ritangirwa n’inyuguti nkuru.


    Urugero: Umwarimu yarambajije ati: “Kuki wakerewe?”

    2. Umwitozo
    Shyira utwatuzo muri izi nteruro
    a) Yaramubajije ati: Ku ishuri mukina iyihe mikino 
    b) Umwarimu wacu ati: Mwitoze mushyizeho umwete kugira 

    ngo muzatsinde amarushanwa

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Kamana yifuzaga kumenya gusimbuka urukiramende.
    Asaba se ko yabimwigisha aramwemerera.
    Bukeye akajya amuhamagara akamwigisha uko barusimbuka. 
    Kamana arabimenya akajya arusimbuka neza.

    Mu marushanwa akajya yitwara neza.

    Ikibazo:
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, andika agakuru kawe 

    katarengeje interuro eshanu kavuga ku wundi mukino gakondo uzi.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Mahoro asigaye akora siporo

    z

    Kera Mahoro ntiyajyaga akora siporo n’imyidagaduro, ibyo bigatuma 
    ahora yigunze. Aho amariye gusobanukirwa akamaro kayo, yihaye 
    gahunda ihoraho yo kuyikora. 

    Buri munsi mu gitondo yihutira kubyuka maze agakaraba mu maso. 

    Agakurikizaho kuzenguruka inzu yo mu rugo inshuro icumi yiruka 
    ataruhuka. Iyo amaze kwiruka ananura amaboko n’amaguru 
    buhorobuhoro agenda agorora ingingo. Akaruhuka gato, agakaraba, 
    akambara, agatunganya aho yaraye akajya ku ishuri. 

    Mahoro ntagikererwa kujya ku ishuri kuko yimenyereje kugenda 

    yihuta cyane. Ubu ntakigira impumu nka mbere kubera imyitozo 
    ngororangingo asigaye akora. Mu ishuri akurikira amasomo neza kuko 
    aba yaruhutse mu mutwe.

    Bagenzi be baramubajije bati: “Ko kera wahoraga wigunze byagenze 

    bite?” Arabasubita ati: “Aho mariye kumenya akamaro ka siporo 
    nahise mpinduka.” Yahise abashishikariza kwitabira imikino, 

    barayitabira baza kuba intyoza muri siporo.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya amagambo:

    4

    a) Umunyeshuri yihaye ________ yo gusubiramo amasomo ye buri 
    munsi. 
    b) Kankindi iyo yihuse cyane agira ________.
    c) Umurisa ___________agahora avuga ko ibyo yize abirusha 
    bagenzi be bose.

    d) Uyu munsi ntiyakoze kuko_______ .

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyatumaga Mahoro ahora yigunze ? 
    b) Mahoro amaze gusobanukirwa akamaro ka siporo yihaye iyihe 
    gahunda? 

    c) Muri siporo ni iyihe myitozo Mahoro yakoraga?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Wumva akamaro ka siporo Mahoro yarakabwiwe na nde? 
    b) Wakora iki kugira ngo abana muturanye cyangwa mwigana 
    bitabire siporo?
    c) Vuga nibura indwara ebyiri zishobora guterwa no kudakora 

    siporo? 

    UTWATUZO

    Shyira utwatuzo dukwiye muri aka gakuru.
    Umunyeshuri baramubajije bati ukina uwuhe mukino
    Umunyeshuri arasubiza ati nta mukino n’umwe nkina
    Baramubwira bati gukina ni ingirakamaro kuko bituma amagufwa 
    akomera

    Umunyeshuri yahise yitabira imikino ubu ni umukinnyi ukomeye

    KWANDIKA

    1. Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo

    yanshwanyagurije, kurumywa, ahombywa, inshywa.

    a) Uyu mucuruzi_________no gutanga amadeni.
    b) Iki gicuma kirimo ________ kigomba kozwa.
    c) Amahwa _________ ikanzu.

    d) Iki giseke kigomba ________ mbere yo kukikorera.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Kariza yakundaga umukino wo gusimbuka umugozi.
    Yashaka umugozi asimbuka akawubura.
    Asaba nyina kuzawumugurira arabyemera.
    Bukeye amujyana mu isoko arawumugurira.
    Yarawumuhaye Kariza arishima cyane.

     Kuva ubwo akajya awusimbuka yishimye.

    Ikibazo: 

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umunsi udasanzwe

    t

    Hari hashize igihe abanyeshuri bitegura ibirori bisoza umwaka 
    w’amashuri abanza. Bari baritoje imikino ngororamubiri bayikinira 
    ababyeyi babo bari aho.

    Abari baritoje akarasisi batambukaga imbere y’ababyeyi babo 

    mu njyana imwe. Iyo bageraga imbere y’ababyeyi, barakebukaga 
    bakabapepera ibyo bikabashimisha cyane. Abitoje gusimbuka 
    urukiramende no kwiruka birengereye agaseke bararushanijwe maze 
    karahava! Mu babyinaga, abakobwa barashayayaga naho abahungu 
    bagahamiriza baca umugara. 

    Kamana na Kariza bo bitoje kurushanwa mu muco nyarwanda 

    basakuza. Mu gusakuza umwe agaterura, maze akabwira undi ati: 
    “Sakwesakwe.” Undi akamusubiza bwangu amureba mu maso ati: 
    “Soma.” Uwatangiye agakomeza asakuza, mugenzi we agahita yica 
    igisakuzo bigakomeza bityobityo. Uwo cyananiraga akavuga ngo: 
    “Ngicyo” ubwo mugenzi we akakica.

    Uwo munsi wagenze neza, umuyobozi w’ishuri arabashimira, 

    ababyeyi bataha banezerewe.

    2. Inyunguramagambo

    Kora interuro wifashishije amagambo akurikira: bwangu, 

    akarasisi, injyana, karahava.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni ibihe birori abanyeshuri bamaze iminsi bitegura? 
    b) Ni gute abakoraga akarasisi batambukaga? 

    c) Vuga nibura imikino gakondo uzi yavuzwe mu mwandiko. 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Iwanyu musakuza ryari? 
    b) Wumva ibisakuzo bimaze iki?
    c) Ni iki gishimisha ababyeyi banyu iyo baje mu minsi mikuru ku ishuri?

    IBISAKUZO
    1. Ongera usome aka gace k’inkuru wize maze utahure 

    uko umukino wo gusakuza ukorwa.

    Kamana na Kariza bo bitoje kurushanwa mu by’umuco nyarwanda 
    basakuzanya. Mu gusakuza umwe agaterura, maze akabwira undi 
    ati: “Sakwesakwe!” Undi na we akamusubiza bwangu amureba mu 
    maso ati: “Soma.” Uwatangiye agakomeza asakuza, mugenzi we 
    agahita yica igisakuzo bigakomeza bityobityo. Uwo cyananiraga 

    akavuga ngo: “Ngicyo” maze mugenzi we akakiyicira.

    Menye ko:

    - Ibisakuzo ari agakino ko gufindura ibivugwa.
    - Ako gakino gakinwa n’abantu babiri, umwe aravuga ati: 
    “Sakwesakwe.” Undi ati: “Soma.”

    Urugero: Sakwesakwe - Soma

    Sogokuru aryoha aboze: umuneke

    IMYITOZO

    Itegereze aya mashusho maze uyahuze n’ibisakuzo bikurikira.

    w

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Gakunzi ntiyari azi gukina umukino wo kumasha.

    Akajya ahora yifuza kumenya uko bawukina.
    Asaba se kuwumwigisha arabyemera aramwigisha.
    Gakuru arabimenya akajya akina umukino wo kumasha.
    Mu marushanwa y’imikino gakondo akajya ahiga abandi.


    Ikibazo:

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma agakuru gakurikira.

    Yamenye kubuguza

    s

    Kera habayeho umukambwe Migambi agakunda kubuguza
    n’umuhungu we Minani. Igihe kimwe barabuguje, birangira umusaza 
    Migambi atsinze umuhungu we. Minani yabajije se uwamwigishije 
    kubuguza. Migambi yamubwiye ko ari Bakame w’i Bwishaza. Minani 
    arita mu gutwi, ati: «Ubu nange nabasha kubuguza nka Bakame?» Se 
    amubwira ko abishatse yanamurusha. 

    Minani yagiye kwa Bakame amarayo amezi atatu. Yagarutse iwabo 

    yarabaye ikirangirire mu gisoro. Aza aherekejwe n’abaturanyi ba 
    Bakame barimo intare umwami w’ishyamba. 

    Ageze iwabo yakinnye n’abasaza maze arabatsinda karahava! 

    Yogezwaga n’inyamaswa abantu bakamuha amashyi n’impundu. 
    Umukino urangiye, ifundi zamutereye ku bitugu, uduca turacuranga 
    n’imisambi irashayaya. 

    Nyuma yahawe igikombe cyamugize icyamamare hose. 

    Si nge wahera hahera umugani.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Migambi n’umwana we bakundaga gukora iki? 
    b) Ni iki Minani yabajije se barimo kubuguza?

    c) Se yamusubije iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ushatse kumenya gukina umukino runaka wabigenza ute? 
    b) Ubonye mugenzi wawe atazi gukina umukino wowe uwuzi 
    wamufasha iki? 

    c) Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?

    UMUGANI MUREMURE

    1. Ongera usome izi nteruro zavuye mu mwandiko maze uvuge 
    niba ibivugwamo bishoboka.

    a) Umusaza Migambi yakinaga igisoro n’urukwavu.

    b) Minani yigishijwe gukina umupira n’ingwe.

    Menye ko:

    Umugani muremure uba uvuga ibintu 
    bitabayeho kandi bitanashoboka. Umugani 
    utangizwa na kera habayeho ugasoza na si 
    nge wahera hahera...
    Urugero: 
          Kuvuga ibitarabayeho:
         - Kera inyamaswa zavugaga nk’abantu...
    Intangiriro:
         - Kera habayeho agakwavu kakundaga...
    Umusozo:
        - Si nge wahera hahera agakwavu...


    2. Umwitozo

    Cira bagenzi bawe umugani.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, huza amagambo ari mu tuzu 
    ukore interuro uyandike

    z

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Sekamana yababazwaga n’uko atazi gukina igisoro.
    Agahora yifuza kuzabimenya kandi cyane.
    Ajya kureba sekuru ngo abimwigishe.
    Asaba sekuru kubimwigisha arabimwemerera.

    Sekamana arabimenya akajya agikina na sekuru.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, himba akawe katarengeje 

    interuro eshanu kavuga ku wundi mukino gakondo uzi.

    Imyitozo
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umukinnyi Gapusi

    s

    Njangwe yiberaga mu cyaro, abwagura Gapusi na Nturo. Batangiye 
    guca akenge, bashimishwaga no gukina udukino gakondo nyina 
    yabigishije.

    Bagimbutse baratandukanye. Gapusi yagiye mu murwa, Nturo we 

    asigara mu cyaro. Gapusi yageze mu murwa asanga hateye imbere 
    kurusha mu cyaro.

    Gapusi ageze mu mugi, yakumbuye udukino gakondo yakinaga na 

    Nturo, bituma ajya gushaka abo bakina. Yasanze ba Gahuku bari 
    baturanye aho mu mugi bakina imikino yazanywe n’abanyamahanga 
    kubera iterambere. Muri yo harimo basiketi, voreboro, handiboro, 
    tenisi, pingipongo, biyari n’iyindi. Bamwigishije imwe muri iyo mikino 
    mvamahanga maze aba ikirangirire muri basiketi.

    Ntibyatinze, Gapusi n’ikipe ye begukana igikombe cya zahabu aba 

    n’umukinnyi mwiza muri basiketi. Ibyishimo byaramusaze, yiyemeza 
    kutabyihererana ajya kubisangiza umuvandimwe we Nturo. Bongeye 
    guhura barasabana ndetse Gapusi yigisha Nturo gukina imikino 

    mvamahanga.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo:

    s

    a) Abasore bamenya gukina neza iyo……………………
    b) Mu marushanwa iyo ikipe irushije izindi bayiha…………
    c) Kigali ni …………………………… Mukuru w’u Rwanda.

    d) Rugubi ni umwe mu mikino…………………………………

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko? 
    b) Gapusi na Nturo bamaze guca akenge bashimishwaga n’iki? 

    c) Vuga ine mu mikino mvamahanga Gapusi yasanze mu murwa.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Urumva ari iyihe mpamvu ituma mu murwa imikino 
    mvamahanga ihagera mbere yo mu cyaro? 

    b) Uramutse umenye gukina umukino mvamahanga wakora iki 

    kugira ngo wamamare aho utuye?

    c) Ese imikino mvamahanga ishobora guhindura ubuzima 

    bw’uyikina by’umwuga? Mukore ikiganiro musobanure 

    ibisubizo byanyu.

    IBISAKUZO
    Sakwesakwe!

    Soma.

    a) Nshinze umwe ndasakara.
    b) Tuvuyemo umwe ntitwarya.
    c) Nicaye iwacu nzenguruka isi yose.
    d) Sogokuru aryoha aboze.
    e) Nyiramakangaza ngo mutahe.

    f) Icwende ryange ribaye kure mba ngukoreyemo.

    KWANDIKA

    1. Huza ibice by’amagambo ukore amagambo uyandike 

    mu mukono.

    r

    2. Andika agakuru k’imirongo itanu kavuga kuri iyi 

    ngingo ikurikira.

    “Umukino wo gusiganwa ku magare.”
    (Uko bawukina, akamaro ka wo, umukinnyi ukunda mu mukino w’amagare)

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ibe intego ya twese 

    g

    e

    r

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro amagambo 

    akurikira.

    v

    a) Kabatesi yakijijwe n’ubuhanzi yakomoye kuri sekuru.
    b) Wirinde gukora imirimo myinshi itagutera umunaniro 
    ukananirwa kubyuka.
    c) Kwiga ni igikorwa kiza mu buzima

    d) Umwana ati: “Munshyigikire twamamaze ibyiza by’imikino.”

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande babwirwa by’umwihariko? 
    b) Ni ayahe moko y’imikino yavuzwe kuba ingenzi? 

    c) Vuga nibura imimaro ibiri y’imikino ivugwa mu mwandiko.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Uwakugira umukinnyi w’umwuga wumva wamarira iki 
    bagenzi bawe? 

    b) Kuki wumva siporo wayigira intego? 


    c) Nyuma yo gusoma uyu mwandiko, abadakora siporo 

    wabagira iyihe nama?

    UMUVUGO

    Ongera usome aka gace k’umwandiko “Ibe intego ya twese

    maze uvuge uko gasomeka.

    Ririmba siporo
    Uyiratire abandi
    Ubwo ikundwe ibavure
    Ubusaza buhunge

    Iryo toto rigwire.

    Menye ko:

    Umuvugo ni umwandiko uryoheye amatwi. Imirongo 

    yawo iba igizwe n’amagambo make kandi afite injyana.

    Umwitozo:
    Fata mu mutwe umuvugo “Ibe intego ya twese” uzawuvugire 

    imbere ya bagenzi bawe.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike

    3

    2. Tondeka neza izi nteruro zigize agakuru, usubize ikibazo kiri hasi.

    Gasore aramwemerera atangira kurimwigisha.
    Umunsi umwe, abona Gasore aritwaye aramuhagarika.
    Mahoro ntiyari azi gutwara igare.
    Amwereka uko bayobora neza amahembe.

    Ikibazo:
    Andika irindi herezo riboneye ry’agakuru umaze 

    gutondeka interuro zako.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    t

    Kera inzovu yibwiraga ko ari yo ihiga izindi mu kwiruka. Umunsi 
    umwe, izamura umutonzi wayo ibivuga cyane zose ziyumvira 
    icyarimwe. Ibibiribiri bibiri biri mu murima wa Mubirigi bibyumvise 
    birakwenkwenuka karahava. 

    Hashize akanya bivugira hamwe biti: “Yooo! Utazi ubwenge ashima 

    ubwe.” Inzovu ibyumvise ishaka kubyirukankana, biraguruka bijya 
    kubibwira intare umwami w’ishyamba. Bigeze ibwami bitekerereza 
    umwami w’ishyamba uko inzovu ihora yiyemera

    Nuko umwami w’ishyamba ategura irushanwa ryo gusiganwa mu 

    kwiruka. Atumaho inyamaswa zose ngo zizaze kwitabira iryo 
    rushanwa. Muri izo nyamaswa harimo ingeragere yari izi kwiruka 
    ariko ikituriza. Intare izituma ubwoya bw’imbogo ishishe yarishaga 
    imboga imbere y’ingoro y’umwami. Zihita zitangira gusiganwa, 
    ingeragere iriruka cyane aba ari yo ibuzana. Inzovu yabaye iya 
    nyuma, ntiyongera kwigamba ukundi ku zindi nyamaswa.


    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    1

    a) Ingeragere irusha izindi mu kwiruka.
    b) Ibikeri byitegereje uko inzovu yiruka biraseka cyane.
    c) Bakame yahoraga yirata ku kanyamasyo ngo ikarusha 
    kwiruka.

    d) Inyamaswa yiruka cyane ni yo yazanye ubwoya bw’imbogo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe nyamaswa yiyemeraga?
    b) Ibibiribiri bibiri byari mu murima wa nde?

    c) Inyamaswa yahize izindi mu irushanwa ni iyihe?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki wavuga ku miyoborere y’intare umwami w’ishyamba?
    b) Utekereza ko inzovu imaze gusigwa mu irushanwa 
    yabigenje ite? 

    c) Ubaye uwa nyuma mu irushanwa wabigenza ute?

    AMAGORANE

    Ongera usome wihuta iyi nteruro yavuye mu mwandiko, maze 
    ugerageze gutahura ingorane uhura na zo mu mivugirwe yazo.


    Ibibiribiri bibiri biri mu murima wa Mubirigi.

    Menye ko:

    Amagorane ari amajwi ajya gusa agenda 
    agaruka ku buryo kuyanga wihuta bigorana

    Urugero: 

    Umusatsi usutse umusereko urushya isokoza.

    Umwitozo:

    Soma wihuta amagorane akurikira

    2

    6. Kwandika

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Gatama yifuzaga kuba umukinnyi wa ruhago.
    Asaba se kumugurira umupira wo gukina.
    Se arawumugurira akajya yitoza buri munsi.
    Amenya gukina akajya atsindira ikigo ke ibitego byinshi.
    Abanyeshuri bakajya bamwita umukinnyi ukomeye.


    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, himba akawe nturenze 

    interuro eshatu ku wundi mukino uzi.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Bakame n’abana

    w

    Habayeho abana bavaga inda imwe. Bagiraga ubunebwe, bajya 
    gutashya bagatindayo. Ibyo byababazaga ababyeyi babo. 
    Ntibahwemaga kubasaba kujya batebuka

    Umunsi umwe, baganiraga ku mpamvu bababazaga ababyeyi babo, 

    Bakame irabumva. Irabegera ibabwira ko ifite umuti watuma 
    batazongera gutinda mu nzira. Irababwira iti: “Mutinda mu nzira 
    kubera ko ingingo zanyu zitagororotse.” Itangira kubereka uko 
    bagorora ingingo basimbuka urukiramende, bagenda makeri
    baniruka. Yabasobanuriye ko ibyo nibabikora kenshi bazagororoka 
    ingingo bakajya bagenda bihuta.

    Bakame irababaza iti: “Ko nge ntazi kuvuga vuba mwamarira iki?” 

    Bayisaba gusubiramo ngo: “Ta izo njyo uze urye izi inzuzi.” Bagiye 
    bayisubirishamo n’andi magorane menshi nuko itangira kuvuga vuba 
    ityo.

    Abana bubahirije inama za Bakame maze ntibongera kwibabariza 

    ababyeyi ukundi.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro amagambo 

    akurikira.

    m

    a) Mukiza na Muhire nyina yabasabye ko bajya babanguka
    kugira ngo badakererwa ishuri.
    b) Siporo ni nziza kuko idufasha kugorora ibice bigize umubiri.
    c) Ejo nabonye abana bagenda basutamye basimbagurika.

    d) Kera abantu bakundaga gushaka inkwi mu ishyamba.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa ko bajyaga gutashya bagatindayo? 
    b) Ababyeyi babo babasabaga iki?

    c) Ni uwuhe muti bahawe ngo bage batebuka?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Iyo uba umwe muri bariya bana wari gukorera iki Bakame? 
    b) Urumva siporo ifite akahe kamaro? 

    c) Kuki ari ngombwa kwitabira imikino n’imyidagaduro?

    AMAGORANE

    Andika igorane wafashe mu mutwe, nurangiza uribwire 

    bagenzi bawe.

    KWANDIKA

    1. Tondeka amagambo neza ukore interuro 

    yumvikana uyandike mu mukono.

    a) mpita - injangwe - mpunga - yanshwaratuye
    b) ashobora - Senshywa - n’ - guhumywa - indwara

    c) siporo - kwigunga - barembywa - abadakora - no

    2. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    e

    Urugero: Twaratsinzwe kubera ko tutitoje neza.

    3. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Umurenge watangaje ko uzakoresha irushanwa mu guhamiriza. 
    Mucyo abyumvise asaba bagenzi be babanaga mu itorero 
    kwitoza. Baramwemerera bakajya bitoza buri munsi bashyizeho 
    umwete. 
    Umunsi w’irushanwa ugeze bararyitabira bose. Bitwaye neza 
    itorero ryabo riba ari ryo ryegukana igihembo.

    Ikibazo: 

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    Isuzuma risoza umutwe wa gatandatu

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Tuyitabire ifite akamaro

    q

    Mu buzima bwacu tugira imikino n’imyidagaduro gakondo na 
    mvamahanga itandukanye. Mu mikino gakondo habamo urukiramende, 
    kwihishana, agati, ubute, igisoro n’iyindi. Hari n’imikino mvamahanga 
    nko gusiganwa ku magare, amapikipiki, amamodoka n’iyindi.

    Imikino ifasha umuntu mu buzima bwite no mu mibanire n’abandi. 

    Uretse kuba ituma umubiri ugororoka, inacyaha indwara zimwe na 
    zimwe. Muri izo ndwara twavuga nk’umuvuduko w’amaraso, indwara 
    y’umutima, diyabete n’izindi. Iyo umuntu yakoze imirimo ivunanye 
    imufasha kuruhura ubwonko, agatekereza neza.

    Imikino n’imyidagaduro kandi yagura ubusabane, ubucuti no 

    gushyikirana mu mibanire y’abantu. Abantu bagiranye amakimbirane 
    cyangwa intonganya, imikino ibabera ihuriro bakunga ubumwe
    Abakinnyi b’umwuga bo banabona amaronko, bakaba abaherwe bo 
    n’imiryango yabo.

    Kubera kandi kwitabira amarushanwa atandukanye, inatuma 

    bamenya ibihugu byinshi by’amahanga. Ni byiza ko twitabira imikino 
    n’imyidagaduro itandukanye kubera akamaro idufitiye.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo.
    e

    a) Ni byiza gukora siporo kuko ituma umubiri ………. neza.
    b) Kugira …………… ni byiza mu buzima.
    c) Abacuruzi bose si ……………………….

    d) Ntiwabona ……………….. utakoze.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Imikino yavuzwe mu mwandiko ituma ingingo z’umubiri wacu 
    zimera zite?
    b) Ni iki siporo ifasha umuntu wakoze imirimo ivunanye? 
    c) Vuga indwara eshatu umuntu udakora siporo ashobora 

    kurwara?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Uratekereza ko abakinnyi babigize umwuga baba abaherwe 
    biturutse ku ki? 
    b) Ku myaka yawe urumva kwitabira imikino byakumarira iki? 
    c) Ubonye bagenzi bawe batera amahane mu mukino 

    wabamarira iki?

    UTWATUZO

    Andika izi nteruro ushyiramo utwatuzo n’inyuguti nkuru 

    aho bikwiye.

    a) ku ishuri dukina umupira w’amaguru voreboro basiketi n’indi mikino
    b) natsinze igitego abantu baratangara bati: yooo mbega umwana uzi gukina
    c) umwarimu yarambajije ati: ufana iyihe kipe y’umupira w’amaguru
    d) kubuguza gukirana no gusimbuka urukiramende yari imwe mu 

    mikino gakondo

    IMIGANI

    Uhereye ku migani wasomye cyangwa waciriwe n’abo mubana 

    subiza ibibazo bikurikira:

    a) Umugani utangira ute?
    b) Usoza ute?

    c) Ibivugwamo biba bimeze bite?

    UMUVUGO

    Ukurikije imiterere y’umuvugo “Ibe intego ya twese”, usanga 

    umuvugo urangwa n’iki?

    KWANDIKA

    1) Andika agakuru gakurikira, ushyiremo utwatuzo 

    n’inyuguti nkuru aho bikwiye

    umukecuru kabanyana yari intyoza mu kubyina
    abuzukuru be bamusaba kubibigisha kuko babikundaga
    yarabyemeye nimugoroba akajya abibigisha
    hashize iminsi abana barabimenya neza
    mu bitaramo bakajya batumirwa bagasusurutsa abashyitsi

    2) Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze 

    gusoma.

    UMWANDIKO

    Soma umwandiko ukurikira.

    Mucyo n’abuzukuru be

    d

    Kera habayeho umusaza witwaga Mucyo wari icyamamare mu gusama 
    intobo. Amaze gusaza yigira inama ikomeye yo kubyigisha abuzukuru
    be batatu. 

    Umunsi umwe, arabahamagara bose kugira ngo abigishe umukino wo 

    gusama intobo. Yarabanje abaha amagambo basubiramo kugira ngo 
    arebe ufata vuba cyane. Yarababwiye ngo bavuge bati: “Isha y’umushi 
    y’ishashi ishotse icitse ijosi.” Abahungu bombi bananiwe gusubiramo 
    ayo magambo, mushiki wabo Kabatesi ayasubiramo adategwa. 
    Sekuru abigisha no gusama intobo nanone Kabatesi arabarusha. 
    Ntibyamutunguye kuko no mu kubigisha gusakuza yari yabahize. 

    Sekuru yamugiriye ikizere, amusaba kuzajya akoresha abandi imyitozo 

    buri munsi. Yakomeje kubakoresha imyitozo, bagera igihe bamenya 
    gusama intobo neza nka we. Mu gihugu hose Kabatesi na basaza be 
    baramamaye mu gusama intobo.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo.
    3
    a) Nyirarukundo ni …………… mu mukino wo kwiruka.
    b) Segakunzi akunda gucira ……………..be imigani.
    c) Iyo ushaka …………..mu mukino runaka uwitoza ukiri muto.

    d) Aba bana bari gukina umukino wo……………….

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni ryari Mucyo yigishije abuzukuru be gusama intobo?
    b) Kubera iki Mucyo yahaye abuzukuru be amagambo 
    basubiramo? 
    c) Kuki basaza ba Kabatesi bamutangariraga?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni akahe kamaro ko gukina imikino gakondo? 

    b) Wumva wakora iki kugira ngo umenye gukina imikino gakondo? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki mu buzima busanzwe?

    IBISAKUZO, UTURINGUSHYO N’AMAGORANE

    e

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    q

    Urugero: Twitoje neza kugira ngo tuzatsinde umukino.
    2. Andika agakuru k’imirongo itanu kavuga kuri iyi 
    ngingo ikurikira.
    “Umukino w’umupira w’amaguru
    (Humvikanemo uko bawukina, akamaro kawo, umukinnyi 
    ukunda mu mukino w’umupira w’amaguru)

  • Umutwe wa karindwi :Gukunda umurimo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inzu z’utugurube dutatu

    a

    Habayeho utugurube dutatu twiberaga mu ishyamba, maze 
    tugakundana cyane. Nyina yadutozaga kwitabira imirimo no kurwanya 
    ubunebwe, agato kakaba akanyamurava.

    Umunsi umwe twaricaye, kamwe kati: “Mureke twubake inzu 

    tuzituremo.” Ak’akanebwe kati: “Icyo gitekerezo ni kiza ahubwo ejo 
    tuzarare tuzujuje.” Kubera ubunebwe kagiraga, bwarakeye kubaka 
    inzu y’ibyatsi. Akandi karagaseka ngo kubatse inzu yoroshye maze ko 
    kubaka iy’ibiti. Karumuna katwo ko kagiraga umurava maze kubaka 
    inzu ikomeye y’amatafari.

    Ntibyatinze ikirura kiradutera, gihera ku kagurube kubatse inzu 

    y’ibyatsi. Cyarakomanze kanga kugikingurira, gihita gihuha ka kazu 
    karatumuka. Kahise gahungira kuri kagenzi kako kubatse inzu y’ibiti 
    gatabaza cyane. Ikirura cyaragakurikiye gifite amerwe, gisunikana 
    imbaraga ya nzu y’ibiti iragwa. Twararusimbutse duhungira kwa 
    karumuna katwo kubatse inzu y’amatafari. Ikirura kihageze 
    nticyabasha kuyisenya, kiramwara kiragenda.

    Utwo tugurube twashimiye karumuna katwo kadukirije amagara. 

    Twiyemeza kureka ubunebwe maze na two twiyubakira inzu zikomeye.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    a

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Utugurube twavuzwe twabaga hehe?
    b) Inzu zubatswe n’utugurube zari zimeze zite?

    c) Akagurube kubatse inzu y’amatafari karangwaga n’iki? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ushingiye kuri uyu mwandiko, ni izihe ngaruka z’ubunebwe?
    b) Ubonye mugenzi wawe agaragaza ubunebwe mu kwiga 
    wabigenza ute? 
    c) Kubera iki abantu bagira ubunebwe badashobora gutera imbere ?

    UTWATUZO

    Soma interuro zikurikira wubahiriza utwatuzo twakoreshejwe.

    a) Umunsi umwe, nagiye gufasha nyogokuru imirimo.
    b) Data akunda guhinga ibishyimbo, ibirayi, ibijumba n’imboga.

    Menye ko:

    (,) Akitso iyo kakoreshejwe mu nteruro, usoma 
    akageraho akitsa ijwi akanya gato, akabara rimwe 
    bucece, agakomeza gusoma.

    (.) Akabago iyo kakoreshejwe mu nteruro, usoma yitsa 

    ijwi ryose akaruhuka umwanya munini, kuko aba asoje 
    interuro, akabara gatatu bucece, mbere yo gutangira 

    gusoma indi nteruro.

    Imyitozo: 

    1. Uzuza utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira maze 
    uzisome wubahiriza uko twakoreshejwe.


    Umunsi umwe nagiye gusura Mariya ambwira inkuru 

    nziza Yambwiye ko mu bikoresho nzajya njyana ku 
    ishuri harimo ibitabo amakayi amakaramu n’amarati 
    Bana rero mu kwiga tuge tugira umwete umurava 
    n’ubutwari mu byo dukora


    2.Kora interuro ebyiri ukoreshemo neza akitso n’akabago.

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kigakurikira
    Izuba ryaracanye, mu ishyamba ibyatsi biruma.
    Inyamaswa z’indyabyatsi zibura ibyo kurya.
    Impara n’imparage zari zarazigamye ubwatsi bwazitunga 
    nk’iminsi ibiri.
    Imvubu yaje kuzisaba ubwatsi kuko yumvaga irembejwe 
    n’inzara. 
    Ziyigirira impuhwe zirayireka irisha umunsi wose. Hanyuma…

    Hitamo interuro yaba iherezo ry’iyi nkuru maze uyandike

    a) Impara n’imparage zibona ubwatsi bwinshi.

    b) Imvubu, impara n’imparage zisagurira n’izindi 

     nyamaswa.

    c) Imvubu ihita ibumara impara n’imparage zirabubura.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Inama z’umubyeyi

    d

    Igihembwe gishize nabaye uwa nyuma mu ishuri kubera ubunebwe. 
    Ngeze mu rugo barancyaha cyane bambwira ko ngomba gukorana 
    umurava. Ndi ku ishuri, data yongeye kubinyibutsa maze anyandikira 

    iyi baruwa.

    e

    Nkimara kubisoma, narashishikaye nubahiriza inama zose 
    yangiriye. Igihembwe cyarangiye mfite amanota meza ababyeyi 

    bange baranshimira cyane.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    3

    a) Iyo nakoze amakosa ababyeyi bangira inama.
    b) Ababyeyi bange naboherereje urwandiko mbasuhuza.
    c) Imyitozo yo mu rugo baduha tuge tuyikorana umurava.

    d) Uzaze kudusura kuko mu rugo bifuza kukubona.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni nde wandikiwe ibaruwa?
    b) Ni nde wayimwandikiye?

    c) Muri rusange yamusabaga iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Urumva ibaruwa Mariza yandikiwe na se yaramugiriye akahe kamaro?
    b) Mugenzi wawe abaye uwa nyuma mu ishuri wamugira iyihe nama?
    c) Ushingiye ku bivugwa mu mwandiko, wumva kwandikira 

    umuntu ibaruwa bifite akahe kamaro?

    IBARUWA ISANZWE

    Ongera usome ibaruwa iri mu mwandiko “Inama z’umubyeyi” 

    maze utahure icyo ibaruwa ari cyo n’imiterere yayo.

    Menye ko:

    Ibaruwa ari urupapuro rwanditseho ubutumwa umuntu 
    yoherereza undi batari kumwe. Ibaruwa isanzwe igira: 
    - Aderesi y’uwandika
    - Ahantu n’itariki yandikiweho
    - Uwo yandikiye
    - Ubutumwa butangwa

    - -Amazina n’umukono by’uwandika

    Umwitozo

    1) Andika aderesi y’uwanditse ibaruwa iri mu mwandiko 
    Inama z’umubyeyi”.

    2) Andika ahantu n’itariki ibaruwa iri mu mwandiko “
    Inama 

    z’umubyeyi” yandikiwe.

    KWANDIKA

    Soma witonze iyi baruwa maze wuzuzemo ibibura 

    uyandike neza mu ikaye yawe.

    MANZI Jonathan                                  Rubira, …. 10/03/2018
    Akagari ka Rubira
    Umurenge wa Bwami
    Akarere ka Micyo

                                                                      Kuri mukuru ……… Sheja,


                                                                     Nkwandikiye ngira ngo 

    nkumenyeshe ko nzizihiza umunsi ………w’amavuko. 
    Ubushize ubwo nawe wari wadutumiye mu ………mukuru 
    w’………. yawe narishimye cyane. Wananyemereye ko 
    tuzajyana gusura ingagi mu……………

                                                   Nifuzaga rero ko twazajyana 

    gusura……………..ku cyumweru gitaha. None nagira ngo 
    menye niba uzaba uhari kuri uwo munsi.
     
    Yari …………………..wawe.
     …………………Jonathan

     ………………..

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma agakuru gakurikira maze usubize ibibazo.

    Gasore na Mukamana

    q

    Gasore yigaga mu wa gatatu, akaba umwana w’umuhanga cyane. 
    Yababazwaga na Mukamana wigaga adashyizeho umwete, bigatuma 
    atsindwa. 

    Mu kiruhuko, Gasore yifuje kwandikira Mukamana ibaruwa. 

    Yashakaga kumugira inama z’uko yareka ubunebwe. Gasore 
    yari atariga kwandika ibaruwa bituma yiyambaza mushiki we. 
    Yamusabye ko yamwigisha uko bandika ibaruwa.

    Mushiki we ati: “Urafata urupapuro, hejuru ibumoso wandikeho 

    amazina yawe. Munsi urandikaho akarere, umurenge n’akagari 
    dutuyemo, hejuru iburyo uhandike itariki. Uramanuka gato hagati 
    mu rupapuro wandikeho izina rye. Munsi gato utangire umusuhuza, 
    umugire inama nurangiza umusezereho. Nurangiza gusezera, 
    urandika amazina yawe maze usinye.”

    Gasore aramushimira maze aranzika yandikira Mukamana. 

    Yamwandikiye ko agomba kureka gukererwa, kandi agakurikira mu 
    ishuri. Akirinda ubunebwe agasobanuza bagenzi be aho atumvise.

    Ibiruhuko birangiye, Mukamana yasubiye ku ishuri yubahiriza inama 

    za Gasore.Bamuhaye indangamanota, asanga yabaye uwa mbere 

    ahita ashimira Gasore.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro wahawe amagambo akurikira: umwete, 

    umunebwe, yiyambaza, aranzika.

    a) Mugwera yashatse kumanura ipapayi…………….urwego.
    b) Umunyeshuri utsindwa mu ishuri aba ari……………………
    c) Kankwanzi yageze aho………….atangira kuririmba.

    d) Ni byiza kugira .................. mu byo dukora byose.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Gasore yababazwaga n’iki?
    b) Ni iki kigaragaza ko Gasore yafataga vuba ibyo yigishijwe?

    c) Wumva ari ukubera iki Mukamana yashimiye Gasore?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki washima mushiki wa Gasore?
    b) Ni iki washima Gasore?

    c) Ni iyihe nama ukuye mu mwandiko?

    UTWATUZO

    Uzuza utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira maze 
    uzisomere abandi wubahiriza uko twakoreshejwe.

    Umunsi umwe nagiye gusura sogokuru Nasanze nta 

    bunebwe agira abyuka kare akajya guhinga ibiti by’imbuto 
    Mu mbuto ahinga harimo amapera amapapayi amacunga 
    n’indimu Ese hari umuntu utazi akamaro k’imbuto Yooo 
    abaye ahari yazagasobanuza bagenzi be pe

    KWANDIKA

    1. Tondeka imigemo ukore amagambo uyandike mu mukono.

    a) mfwa - Nyi - ti - ra.
    b) ho - Mwa - mvye - mvo.
    c) pfa - pfwe - ka - Ya -ka.
    d)ho - mvwa - mvo - Gu.

    2. Soma iyi baruwa wandikiwe n’inshuti yawe uyisubize.
    e
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inka na Nyarubwana

    x

    Kera habayeho Nyarubwana itarakundaga gukora nk’izindi 
    nyamaswa. Yari yarahorose cyane kubera kubura ibyo irya. Inka 
    yagerageje kuyigira inama yo gushaka ibiyitunga ntiyayumvira.

    Umunsi umwe, yigira inama yo kujya gushaka icyo yarya. Nimugoroba 

    ifata agafuka yerekeza mu murima w’intare ngo ice ibigori. Igezemo 
    itangira kwitegereza ibyeze ikabica ibishyira mu gafuka. Ikirimo 
    kubica yumva intare iratontomye ita agafuka hasi iriruka. Yirutse 
    amasigamana maze ijya kwihisha mu kiraro k’inka. Inka iyibonye 
    irabira cyane iyibaza impamvu ifite igihunga kinshi. Nyarubwana 
    irayisubiza iti: “Naciye ibigori mu murima w’intare iranyirukankana.”

    Inka yongera kuyisaba kwitabira umurimo, Nyarubwana irayumvira. 

    Mu gitondo kare, Nyarubwana itangira kujya izinduka kare ikajyana 
    n’inka guhinga. Imyaka yejeje irayitunga, inasagurira amasoko. Kuva 
    ubwo, Nyarubwana yitabira guhinga cyane. Icika ku bunebwe igira 
    umwete nk’izindi nyamaswa ibaho neza.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo andi yakoreshejwe mu 

    mwandiko.

    a) Ingabire yarembejwe n’uburwayi none yarananutse. 
    b) Nagiye mu ishyamba numva intare irasakuje. 
    c) Nabonye inyamaswa mpita ngira igishyika.
    d) Ihene yirutse cyane yumvise impyisi ihuma.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Kuki Nyarubwana yari yarahorose?
    b) Inka yagiriye Nyarubwana iyihe nama?

    c) Ni iki cyatumye Nyarubwana yiruka ?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni uwuhe murimo wifuza kuzakora mu buzima bwawe? 
    b) Ni akahe kamaro ko gukorana umwete?
    c) Vuga ingingo eshatu z’ingenzi zigize umwandiko “Inka na 

    Nyarubwana”?

    UTWATUZO

    Soma interuro zikurikira wubahiriza utwatuzo twakoreshejwe

    a) Umwarimu yavuze ati: «Muge muhorana umwete mu byo mukora byose.»
    b) Umunyarwanda yaravuze ngo : «Udakora ntakarye.»
    c) Umuririmbyi yararirimbye ati : «Umurunga w’iminsi ni umurimo.»

    Menye ko:

    “ ” Utwuguruzo n’utwugarizo iyo twakoreshejwe mu nteruro dukikiza amagambo
    yavuzwe n’undi, usoma 
    atugeraho akaruhuka gato, akabara rimwe bucece, 

    agakomeza gusoma nk’utangiye interuro.

    Imyitozo

    1. Uzuza utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira, maze 

    uzisome wubahiriza uko twakoreshejwe.

    a) Mpabuka yavuze ati Ushaka gukira age akora cyane
    b) Umwarimu yatubwiye ngo Muge mwirinda ubunebwe bana bange
    c) Kankindi ati Umubyizi ni uwa kare

    d) Uwamariya yaravuze ngo Abishyize hamwe ntakibananira

    2. Uzuza utwatuzo dukwiye mu gakuru gakurikira, maze 

    ugasome wubahiriza uko twakoreshejwe.

    Mu kiruhuko gishize umusaza Rwandekwe yatumyeho abazukuru 
    be ngo bamusure Yari yabahaye igihe ntarengwa bagombaga 
    kumugereraho Bamugezeho bakerewe basanga imineke avoka 
    n’amacunga yari yababikiye yabihaye abandi bana Bamubajije icyo 
    yabatumirijeho arababwira ngo igihe cyahise ntikigaruka Umusaza 
    yaratangaye ati Yooo burya ntimuzi agaciro k’igihe rwose

    KWANDIKA
    Himba agakuru k’imirongo itatu cyangwa ine ukandike mu 
    mukono wubahiriza utwatuzo.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Gasore na Kanyange

    m

    Umunsi umwe, nyina wa Gasore na Kanyange yabatumye guhaha. Mu 
    nzira bagenda bagiranye iki kiganiro.

    Gasore         : Uzi ko utunguka ku ishuri wakerewe bikambabaza cyane.

    Kanyange   :Ehee! Bikubabariza iki se kandi atari wowe uba wakerewe?
    Gasore        : Birambabaza kuko umwarimu wacu yatubwiye kugerera ku 
                              ishuri igihe.
    Kanyange   : None se nareka kurangiza ibitotsi ngo ndazinduka njya ku 
                              ishuri?
    Gasore         : Umwarimu yatubwiye ko kubahiriza igihe ari byiza mu buzima.
    Kanyange   : Yego kubahiriza igihe ni byiza ariko no kuryama na byo 
                              ndabikunda.
    Gasore         : Kuryama ni byiza ariko tugomba kubahiriza igihe cyagenwe.
    Kanyange   : Igihe cyose nahagerera nakwiga nta kibazo.
    Gasore         : Oya Kanya! Gukererwa byakudindiza mu myigire yawe.
    Kanyange    : Uzi ko ari byo Gaso! Kuva ejo sinzongera gukererwa ishuri.
    Gasore         : Ndishimye rwose! Uge uzinduka tujyane ku ishuri twihuta.
    Kanyange    : Inkoko ni yo ngoma. Ntawuzongera kuntanga kugera ku 
                               ishuri.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    y

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni nde watumye Gasore na Kanyange ku isoko?
    b) Ni iki cyababazaga Gasore? 
    c) Gasore yabwiye Kanyange ko umwarimu wabo yababwiye iki? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Ukeka ko ari ukubera iki tugomba kubahiriza igihe?
    b) Ni iyihe nama wagira abana bakererwa?
    c) Ugiriye mugenzi wawe inama yo kudakererwa ntakumve wabigenza ute?

    AGAKINAMICO

    Ongera usome ikiganiro Gasore na Kanyange bagiranye maze 
    ugikine na mugenzi wawe.

    Menye ko:

    - Agakinamico ari ikiganiro gishobora gukinwa. 
    - Agakinamico kagira abakinnyi, ahantu n’igihe gakinirwa, 
     kakagira n’izingiro.
    Urugero: Mu kiganiro hagati ya Gasore na Kanyange: 
    Abakinnyi: Gasore na Kanyange.
    Ahantu: Mu nzira
    Izingiro: Gasore akangurira Kanyange kudakererwa ku ishuri.

    Umwitozo
    Soma ikiganiro gikurikira maze utahuremo: abakinnyi, 
    ahantu, igihe n’izingiro.

    Bafatanyije urugendo
    Mu gitondo Kamariza yahuriye na Kamanzi mu nzira maze bafatanya 
    urugendo.
    Kamariza: Waramutse Kama?
    Kamanzi: Waramutse Kamari?
    Kamariza: Ugiye he?
    Kamanzi: Ngiye ku isoko kugura umuceri mama antumye.
    Kamariza: Nange ngiye ku isoko.
    Kamanzi: Ni byiza, reka dufatanye urugendo.

    KWANDIKA
    Himba interuro ukoresheje amagambo akurikira uzandike 
    mu mukono: imfwati, yahomvomvye, bwakapfakapfwe.


    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Byusa n’umubyeyi we

    j

    Umubyeyi Muramutsa yajyanye n’umwana we Byusa mu gitaramo. 
    Icyo gitaramo cyabereye mu nzu mberabyombi y’umurenge. Itorero 
    ry’ikinamico ryabakiniye umukino witwa ngo: “Udakora ntakarye.”

    Muri iyo kinamico, abakinnyi bagaragazaga ko
    umunebwe nta cyo 
    yakwigezaho. Ikinamico imaze guhumuza, Muramutsa na Byusa 
    baratashye.

    Uwo mugoroba Byusa ntiyatoye agatotsi, yibazaga ku byo yabonye. 

    Bwarakeye yegera umubyeyi we amubaza aho ibyo bakiniwe biva. 
    Yamubwiye ko ibyo bakiniwe biva mu bitekerezo bikandikwa hanyuma 
    bigakinwa. 

    Byusa ntiyatuje abaza uko bandika ikinamico. Umubyeyi 

    we yamubwiye ko uwandika ikinamico abanza guhitamo 
    insanganyamatsiko. Iyo amaze gutoranya insanganyamatsiko, 
    ahitamo abakinnyi akabaha imico itandukanye. Aba agomba kumenya 
    kandi aho atangirira n’aho asoreza. Muramutsa yanabwiye Byusa ko 
    uwandika ikinamico ayandika mu buryo bw’ikiganiro.

    Byusa amaze kumva ibyo umubyeyi we amubwiye, yabishyize mu 

    bikorwa. Ibyo bituma aba ikirangirire mu kwandika ikinamico.

    2. Inyunguramagambo.

    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo: ikirangirire, 

    bihumuje, umunebwe, insanganyamatsiko.

    a) ……….atinda kubyuka.
    b) Twatashye amarushanwa n’imikino…………..
    c) Ababyeyi baje mu nama bababwira……………y’uyu munsi.

    d) Mandera yabaye …………..ku isi kubera ibikorwa bye.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Kubera iki mu mwandiko bavuze ngo: “Udakora ntakarye”? 
    b) Ni hehe dukunda kumvira ikinamico ?

    c) Kubera iki Byusa atigeze atora agatotsi?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki washimira umubyeyi wa Byusa?
    b) Wumva ibikinwa mu ikinamico bimariye iki abantu?

    c) Uratekereza ko abandika ikinamico byabamarira iki?

    UTWATUZO

    Uzurisha utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira, maze 

    uzisomere abandi wubahiriza uko twakoreshejwe.

    Abanyeshuri baje ku ishuri bakerewe Umwarimu arababaza 
    ati Mwakerewe mukora iki Barasubiza bati Twagiye gufasha 
    umukecuru duturanye maze imvura iragwa Umwarimu 
    yarabababariye ariko arababwira ati Muge muzinduka 

    mumufashe hakiri kare Bavugira icyarimwe ngo Urakoze

    AGAKINAMICO

    Fata mu mutwe agakinamico gakurikira ugakine na mugenzi wawe

    d

    Munana yagiye mu rutoki ku manywa. 
    Abona inkende yuriye insina irya imineke. 
    Ayisaba umuneke. Inkende irawumuha. 

    Munana ataha yishimye.

    Munana: Ndumva nshonje uwampa kuri iriya mineke.
    Inkende: Uraho wa mwana we?
    Munana: Yego.
    Inkende: Urava he ukajya he?
    Munana: Ndi gutembera aha mu rutoki.
    Inkende: Kuki uri kureba hejuru cyane witegereza imineke?
    Munana: Numvaga nshaka kugusuhuza ariko nabuze uko nkugeraho.
    Inkende: Ubwo se nkumarire iki?
    Munana : Nagira ngo umpe umuneke.
    Inkende : Ngaho akira.
    Munana : Ndumva uryoshye. Urakoze cyane. 

    Mureke dukine aka gakinamico.

    KWANDIKA

    Tondeka amagambo neza ukore interuro yumvikana uyandike 

    mu mukono

    a) Anywa - ahomvomvywa - nyinshi - inzoga - Semfwati - n’.
    b) indwara - gukapfakapfwa - amaze - Mpyorero - n’ - 

    yahomvomvye.

    Isuzuma risoza umutwe wa karindwi

    UMWANDIKO

    Soma umwandiko ukurikira.

    Yamenye kwandika ibaruwa

    e

    Murekatete atangira umwaka wa gatatu, bamujyanye mu kigo 
    gicumbikira abana. Umwete n’umurava byamurangaga byatumye 
    akundwa na bose. Ibyo yabaga agomba gukora yabikoraga neza 
    yubahirije igihe. Haba mu masomo no mu yindi mirimo, byose 
    yabikoraga atijana.

    Ntibyatinze ahabwa igihembo cy’umunyeshuri ubera abandi urugero. 

    Murekatete byaramushimishije ashaka uko yageza ayo makuru ku 
    babyeyi biramuyobera. Yagiye kugisha inama umwarimu, amubwira ko 
    yabandikira ibaruwa. Murekatete yaguye mu kantu, ariko ntiyirarira
    avuga ko atazi kuyandika. Umwarimu yaramuhumurije ati: “Humura 
    ndabikwigisha ni cyo mbereyeho.”

    Umwarimu yifashishije urupapuro, akagenda amwereka uko ibaruwa 

    yandikwa. Yamubwiye ko uwandika abanza kugaragaza aderesi, 
    ahantu n’itariki yandikiweho. Mbere yo kwandika ubutumwa 
    nyirizina, yamubwiye ko habanza indamukanyo. Yamweretse 
    n’ahajya ubutumwa bugenewe uwandikiwe, anamubuza kurondogora
    Yamwibukije ko mu gusoza uwandika yongera kwandika amazina ye 
    akanasinya.

    Murekatete yarabyubahirije, yandikira ababyeyi be, ibaruwa 

    ibagezeho barishima

    2. Inyunguramagambo

    a) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    b) Koresha amagambo akurikira mu nteruro yuzuye: atijana, 
    biramuyobera, kurondogora, ntiyirarira.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyatumaga Murekatete akundwa na bose? 
    b) Kubera iki Murekatete yahawe igihembo? 

    c) Ababyeyi Murekatete yashakaga guha amakuru bari he?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Uratekereza ko ababyeyi ba Murekatete bashimishijwe n’iki?
    b) Uretse ibaruwa, ni ubuhe buryo bundi bwakoreshwa mu kugeza ku 
    bandi amakuru?
    c) Wowe uramutse ushaka kugeza ubutumwa ku muntu mutari 
    kumwe wabigenza ute?

    UTWATUZO
    Andika interuro zikurikira ushyira utwatuzo n’inyuguti nkuru 

    aho bikwiye.

    a) Mu rugo banguriye imyenda inkweto igikapu n’ibitabo byo gusoma
    b) Kubera iki ari byiza kubahiriza igihe
    c) Mbega weee nabonye ukuntu yitabira umurimo ndamushima pe

    d) Sibomana yavuze ati abantu badakora ntibakwiteza imbere

    KWANDIKA

    Andikira inshuti yawe ibaruwa uyibwira icyo ushaka 
    kuzaba cyo, n’impamvu ushaka kuzaba cyo.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Semana na bagenzi be

    s

    Semana yababazwaga na bagenzi be b’abanebwe batitabiraga
    umurimo. Yabagiraga inama yo kureka ubunebwe bakitabira 
    umurimo.

    Abonye bakomeje
    kwinangira, yigira inama yo gushaka agakinamico 
    kabakosora. Nyamara ntiyari azi aho yagakura. Yari umwana 
    w’umuhanga cyane ukunda kubaza icyo atazi cyose. Yegereye nyina 
    wari umwarimukazi amubaza aho yakura agakinamico.

    Yaramubwiye ati: “Ndashaka guhindura bagenzi bange nkoresheje 

    agakinamico. Ikibazo mfite ni uko ntazi aho nagakura.” Nyina 
    aramusubiza ati: “Nta kibazo nzakagushakira.”

    Nyina yamuboneye agakinamico keza. Kavugaga ku munyeshuri 

    watsindwaga kubera ubunebwe no gukererwa. Semana yakigishije 
    bagenzi be baragatora baragakina kabakora ku mutima abanebwe 
    barahinduka.

    Kuva ubwo abari abanebwe batangiye kwitabira umurimo basezerera 

    ubunebwe.

    2. Inyunguramagambo

    a) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    b) Koresha amagambo akurikira mu nteruro yuzuye: 

    batitabiraga, kwinangira, kabakora ku mutima, baragatora

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Semana yababazwaga n’iki?
    a) Ni iyihe nama Semana yagiraga bagenzi be?
    a) Bakomeje kwinangira yabigenje ate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Niba wowe utazi gukina agakinamico wakora iki kugira ngo 
    ubimenye?
    b) Ni gute ikinamico ishobora guhindura abantu? 
    c) Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?

    AGAKINAMICO
    1. Soma agakinamico gakurikira maze usubize ibibazo.


    Agakwavu n’akanyamasyo


    Agakwavu kari kavuye mu mirimo yako ku mugoroba. Kabona 
    akanyamasyo bituranye karyamye ku nzira.
    Agakwavu: Kuki uryamye aho?
    Akanyamasyo: Nananiwe gutaha kubera gukora cyane.
    Agakwavu: Ubu rero ngiye kugufasha.
    Akanyamasyo: Uraba ukoze cyane.
    Nuko agakwavu gaheka akanyamasyo birataha.

    Ibibazo

    Ni bande bavugwa mu gakinamico (abakinnyi)……………………….....
    Ni he aka gakinamico kabereye? Byari ryari? (ahantu n’igihe)….…
    Ni iki cyari cyananiye akanyamasyo? (izingiro ry’agakinamico)…..

    2. Kina na mugenzi wawe ako gakinamico.

    KWANDIKA

    Tondeka neza interuro wahawe maze ukoremo agakuru 
    kagufi kumvikana ukandike mu mukono.

    Ingeragere yari ituye mu ishyamba. 
    Na cyo kiyemeza kwitabira umurimo.
    Yahingaga ibigori, byeze itumira ikinyogote.
    Ikinyogote cyarishimye cyane.

  • Umutwe wa munani :Gukunda igihugu

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Isheja n’umusaza

    e

    Iwabo wa Isheja bari baturanye n’umusaza wabagaho mu buzima 
    bugoye. Yiberaga mu kazu gashaje cyane kandi atabasha no 
    kukisanira. Yari yaragerageje gushaka ubukire nk’abandi baturanyi be 
    ariko ntibyamukundira. Yavugaga ko uburiye umubyizi mu kwe nta ko 
    aba atagize.

    Umunsi umwe, Isheja avuye kwiga yumva wa mukambwe atabaza 

    cyane. Nuko ahita yiruka bwangu ngo arebe icyatumaga uwo 
    mukambwe ataka. Ahageze asanga ka kazu kenda kumugwira 
    atabasha kwihagurutsa. Isheja yinjiramo vuba kugira ngo amutabare 
    kataramugwaho.

    Agezemo asanga ibiti biri hafi kumugwaho atashobora kubyikuraho, 

    nuko abyigizayo. Abonye akazu kagiye kubituraho, agerageza 
    kumusindagiza nuko amugeza hanze. Bakihagera ka kazu gahita 
    gahirima kagwa hasi kose. Umusaza yahise agira agahinda kenshi 
    ababajwe n’uko akazu ke gahirimye. 

    Isheja yaramwihanganishije amubwira ko ikiruta ibindi ari ubuzima. 

    Umusaza arahindukira ahobera Isheja amushimira ubwitange 
    amugaragarije uwo munsi. Aramubwira ati: “Nta cyo nkwituye, ariko 

    ugira ineza ukayisanga imbere.”

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    d

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Umusaza yabagaho mu buzima bumeze bute? 
    b) Umusaza yabaga mu kazu kameze gate? 

    c) Ni iki Isheja yakoreye umusaza?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni izihe mpamvu zishobora gutuma umuntu ataka?
    b) Ni iki washima Isheja? 

    c) Kuki tugomba gutabarana?

    IMPUZANYITO

    Itegereze amagambo aciyeho akarongo mu nteruro, maze 

    utahure aho ahuriye.

    1. Iwabo wa Isheja bari baturanye n’umusaza wabagaho 
    mu buzima bugoye. 
    2. Umunsi umwe Isheja avuye kwiga yumva umukambwe
    atabaza cyane. 
    3. Yiberaga mu kazu gashaje kandi wenyine, atabasha no 
    kukisanira. 
    4. Agezemo asanga ibiti bike byamwituye hejuru 

    adashobora kuvuga maze abimuvanaho.

    Menye ko:

    Impuzanyito ari amagambo asobanura kimwe.
    Ingero:
    Kunezerwa = kwishima
    Umwete = umurava

    Kurya = gufungura

    Umwitozo

    Mu magambo ari mu dukubo, hitamo impuzanyito y’ijambo 

    wahawe uryandike

    1) umusaza (umwana, umukambwe, umukecuru)
    2) atabasha (atavuga, adashobora, atumva)
    3) bwangu (buhoro, cyane, vuba)

    4) atabare (aterure, akize, abwire)

    KWANDIKA

    a) Tondeka izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.

    Umukecuru ahamagara umwuzukuru we Muhizi.

    Ayishyira nyirakuru aramushimira cyane.
    Umukecuru yari arimo kugosora umuceri ku nkoko.
    Inkubi y’umuyaga iraza itwara ya nkoko yagosoreragaho.

    Muhizi ayirukaho arayifata.

    b) Andika ingingo y’ingenzi ivugwa muri ako gakuru.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Gukunda Igihugu

    r

    Umunsi umwe imvura yaraguye, umuhanda uduhuza n’intara 
    duturanye usibwa n’inkangu. Umukuru w’Umudugudu wacu adusaba 
    kwitabira umuganda rusange kugira ngo tuwusibure.

    Twabadukanye amasuka, ibitiyo n’ingorofani maze tuzindukira 

    hamwe dutangira gusibura umuhanda. Mu gihe gito umuhanda 
    wari wongeye kuba nyabagendwa imodoka zitambuka. Mbere yo 
    kudukoresha inama, Umukuru w’Umudugudu atwigisha indirimbo 

    idutoza gukunda Igihugu yitwa Tuzarwubaka.

    TUZARWUBAKA

    Inyikirizo
    Tuzarwubaka, tuzarwubaka abana b’Abanyarwanda,
    Turugire nka paradizo ku isi yose weee, tuzarwubaka.

    Igitero

    U Rwanda rwa Gasabo weee, tuzarwubaka.
    Urubyiruko turwubake, tuzarwubaka.
    Diyasipora yose weee, tuzarwubaka.

    Imiyoborere myiza weee, tuzarwubaka.

    Ubukungu bw’u Rwanda weee, tuzarwubaka.
    Ubutabera hose weee, tuzarwubaka.

    Imibereho myiza weee, tuzarwubaka.

    Abayobozi b’u Rwanda weee, tuzarwubaka.
    Abayoborwa turwubake, tuzarwubaka.

    Tumaze kuyiririmba, Umukuru w’Umudugudu adusobanurira ibyiza 

    byo gukunda igihugu. Atubwira ko umuntu ukunda igihugu yitabira 
    umuganda, umurimo, akanabungabunga ibikorwa rusange. Twese 
    twatashye twiyemeje kujya twitabira umuganda no kuwushishikariza 

    abandi.

    2.Inyunguramagambo

    Huza ijambo n’igisobanuro cyaryo ukoresheje akambi


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyatumye umuhanda usibama ? 
    b) Umukuru w’Umudugudu yasabye abaturage kwitabira 
    umuganda rusange kugira ngo hakorwe iki? 
    c) Umukuru w’Umudugudu yakoze iki mbere yo gukoresha 

    abaturage inama? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Indirimbo Umukuru w’Umudugudu yabigishije 
    yabakanguriraga iki muri rusange? 
    b) Ku bwawe kuki tugomba gushishikariza abantu kwitabira umuganda? 
    c) Ni ibihe bikorwa bigaragaza gukunda igihugu biri mu gace utuyemo? 

    INDIRIMBO
    1. Ongera usome indirimbo iri mu mwandiko maze utahure 

    ibiranga indirimbo.

    Menye ko:

    Indirimbo igira umutwe, ibitero n’inyikirizo.

    Nyuma ya buri gitero basubiramo inyikirizo

    2. Fata mu mutwe indirimbo iri mu mwandiko uzayiririmbire 

    bagenzi bawe.

    KWANDIKA
    1. Andika mu mukono inyikirizo y’indirimbo iri mu mwandiko witwa “Gukunda Igihugu”.

    Imyitozo

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ku ishuri tugira imitungo rusange nk’inyubako, ibikoresho, amazi, 
    amashanyarazi n’ibindi. Hari bagenzi bange bononaga bimwe mu 
    bikoresho by’ishuri n’inyubako twigiramo.

    Umunsi umwe, niyemeje kujya mbatoza
    kubibungabunga buri gihe. 
    Nabagiriye inama yo kutanduza inkuta z’inyubako twigiramo no 
    kutangiza ibitabo. Mbasobanurira ko bagomba gukoropa neza 
    amashuri bagahanagura umukungugu ku madirishya. Mbibutsa 
    kwirinda kwangiza ingwa, intebe n’ibindi bikoresho byo mu ishuri. 
    Nababwiye ko tugomba kwita ku ndabo zo mu busitani tukazivomerera 
    tutazangiza. 

    Nabibukije ko no mu rugo tugomba gufata neza ibikoresho byaho. 

    Tukoza amasahani, ibikombe n’ibikoresho dutekamo tukanita no ku 
    matungo. Niba hari ibyangiritse, tukabimenyesha ababyeyi kugira ngo 
    babisane cyangwa babisimbuze. Nongeyeho ko gusesagura umutungo 
    atari byiza. Tugomba gucana amatara aho akenewe kandi tugakoresha 
    amazi neza. 

    Ndangije, bagenzi bange bankomeye amashyi binyereka ko 

    banyumvise. Bwarakeye dusubiye ku ishuri mbona abangizaga 
    ibikoresho by’ishuri ntibongeye kubyangiza. Umwarimu n’ababyeyi 
    bacu baranezerwa bakajya batubwira ko bashimishijwe n’imyitwarire 

    yacu.

    2.Inyunguramagambo

    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    Bononaga, kubibungabunga, umukungugu, gusesagura.

    a) Ibidukikije tugomba_________________ 
    b) Abanyeshuri babi_____________umutungo w’ishuri.
    c) Uriya mugabo yarakennye kubera__________umutungo.

    d) Nahanaguye_______________ku gikapu njyana ku ishuri.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe mitungo rusange yo ku ishuri ivugwa mu mwandiko? 
    b) Ni bande bagiriwe inama? 

    c) Ni izihe nama zatanzwe zo kubungabunga indabo?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Wakora iki kugira ngo ufate neza imitungo rusange? 
    b) Ni iki wakora ubonye mugenzi wawe yangiza umutungo rusange?

    c) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko?

    INDIRIMBO

    Ririmba indirimbo “Tuzarwubaka” wubahiriza injyana yayo.

    IMPUZANYITO

    Simbuza ijambo riciyeho akarongo impuzanyito ukuye mu dukubo.

    a) Uyu mwana akunda ibiryo. (umukire, amafunguro, aranezerwa)
    b) Iwacu duturanye n’umukungu. (amafunguro, aranezerwa, umukire) 

    c) Yagize amanota meza arishima. (umukire, aranezerwa, amafunguro)

    KWANDIKA

    1. Tondeka amagambo neza ukore interuro yumvikana maze 

    uyandike mu mukono. 

    ubuki - zihovwamo - indabo

    2. Shaka ijambo ririmo igihekane vy uryandike mu mukono.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inyamanza n’umuceri


    Kera ibiguruka byagize umugambi wo kubaka uruganda rukomeye 
    rutonora umuceri. Nuko bikoranya inama idasanzwe ngo byige uburyo 
    byazubaka urwo ruganda. 

    Iyo nama yari iyobowe n’umusambi kuko ibiguruka byose byawizeraga 

    cyane. Waranguruye ijwi ubisaba gutanga ibitekerezo mu kubaka 
    uruganda rutonora umuceri. Inyamanza iravuga iti: “Twabanza 
    guhinga umuceri bityo tukabona kubaka uruganda.” 

    Ibiguruka byose biyikomera amashyi kuko itanze igitekerezo kiza 

    bigomba gukurikiza. Nyamara yabivuze ityo kugira ngo ige iwirira 
    kuko yawukundaga bihebuje. Umusambi washoje inama ubibwira ko 
    abashyize hamwe ntakibananira byiyemeza kuwuhinga.

    Bukeye, ibiguruka bifite intege byaje byitwaje amasuka bihinga 

    umurima w’umuceri. Hashize iminsi, umuceri urera inyamanza 
    itangira kujya yibeta ikajya kuwiba. Rimwe igikona, inshuti magara 
    y’inyamanza, cyasanze iwiba igisaba kuyigirira ibanga. Cyaranze 
    gikoma akaruru ibindi biguruka biza byihuta ngo birebe ikibaye. 

    Bihageze, bisanga inyamanza yasaruye umuceri iwushyira mu mufuka 

    byose birayigota. Inyamanza iramwara isaba imbabazi ivuga ko 
    itazongera kwiba na gato. Byarayibabariye biyisaba kutazongera 
    kwiba ukundi.

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ibiguruka byagize uwuhe mugambi?
    b) Ni ikihe kiguruka cyayoboye inama? 

    c) Ni ikihe kiguruka cyabonye inyamanza yiba umuceri? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Ni iki washima igikona? 
    b) Kuvugisha ukuri bimaze iki?

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki? 

    IMVUGWAKIMWE

    Itegereze interuro zavuye mu mwandiko maze utahure 

    ibindi bisobanuro by’amagambo aciyeho akarongo.

    1. Bukeye ibiguruka byose bifite intege byaje byitwaje amasuka.
    2. Ni byiza kwambara amakanzu maremare ahisha intege.
    3. Umuceri urera inyamanza itangira kujya iwiba.

    4. Yameshe umwenda urera.

    Menye ko:

    Imvugwakimwe ari amagambo asomwa kimwe, 
    akandikwa kimwe ariko ntagire igisobanuro kimwe.
    Urugero: Gukira: - gukira indwara.

     - gukira ubukene

    Umwitozo
    Tanga ibisobanuro bibiri binyuranye kuri buri mvugwakimwe.
    1. Gusoma 
    2. Guca

    3. Gusama

    KWANDIKA

    Andika irindi herezo rishoboka ry’ inkuru “ Inyamaza n’umuceri”

    Inyamanza iramwara isaba imbabazi ivuga ko itazongera kwiba 

    na gato. Byarayibabariye ariko……….

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Nzakorera u Rwanda


    Nzakorera u Rwanda
    Nzaharanira kurwubaka
    Nzabana n’abandi mu mahoro

    Turuteze imbere.

    s

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Uvuga mu mwandiko, azarwanya iki? 
    b) Uvuga mu mwandiko azamagana ba nde? 

    c) Uvuga mu mwandiko azabana n’abandi ate?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Umuntu yakora ibihe bikorwa byo guteza imbere igihugu?
    b) Ni iki ukora kugira ngo ubungabunge ibidukikije? 

    c) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko?

    IMBUSANE

    1. Itegereze interuro zikurikira maze ugereranye ibisobanuro 
    by’amagambo aciyeho akarongo.
    Iwacu ni nge mukuru.

    Iwanyu ni wowe muto

    Menye ko:

    Imbusane ari amagambo afite ibisobanuro binyuranye. 

    Urugero: Umugore / umugabo

    2. Umwitozo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro imbusane 
    zayo zikurikira: ntangiriro, yivira, kure, umurava, ubukire, 

    ashimishijwe, ubutwari

    a) Tuzaruhuka mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga.
    b) Rungano yigira mu ishyamba hafi y’ishuri.
    c) Mariya ababajwe n’iki?
    d) Uyu mwana agira ubugwari.

    e) Ubukene buterwa n’ubunebwe.

    Kwandika
    Tondeka izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Avoka idahiye irahanuka imwikubitaho arakomereka.
    Agezeyo abaganga baramwakira.
    Umuturanyi wabo yihutira kumujyana kwa muganga.
    Mutoni yari yicaye mu nsi y’igiti cya avoka.
    Bamwitayeho arakira ababyeyi be bashimira umuturanyi.

    Kwandika

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Ubusitani bw’ikigo k’ishuri ryacu bwari bwaramezemo ibyatsi 
    byinshi.
    Umwarimu wacu adusaba kongera kubukorera neza.
    Bukeye tuzana imfwati dukuramo ibyatsi byari byaramezemo.
    Duteramo izindi ndabyo ubusitani busa neza.
    Turangije umwarimu wacu aradushimira.

    Ikibazo: 

    Vuga ingingo y’ingenzi ivugwa muri aka gakuru, uyandike mu ikayi 
    yawe.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ubutwari bw’impyisi


    Kera mu gihugu k’inyamaswa hateye icyorezo k’indwara n’inzara 
    idasanzwe. Intare umwami w’ishyamba birayibabaza cyane ikoranya
    inyamaswa zose zavuraga izindi. Izisaba gusuzuma no kuvura 
    inyamaswa zari zibasiwe n’icyo cyorezo zirananirwa.

    Intare yigira inama yo kohereza urukwavu, impyisi n’ingwe kwihugura 

    mu mahanga. Yazohereje mu gihugu cy’Abidishyi cyari kizwiho 
    ubuhanga mu kuvura indwara z’ibyorezo. Umwami w’ishyamba 
    yazisabiye anazishyurira amahugurwa yagombaga kumara amezi 
    atandatu yose. Inyamaswa zigezeyo zihasanga ubukungu budasanzwe 
    kandi iwabo inzara ica ibintu. 

    Amahugurwa amaze kurangira, urukwavu n’ingwe zo zifata ikemezo 
    cyo kwigumirayo. Impyisi itekereza akaga yasize mu gihugu cyazo, 
    igira impuhwe isubirayo. Intare ibabazwa no kubona hagarutse 
    impyisi gusa kandi yarajyanye n’izindi. Impyisi itangira kuzivura 
    amanywa n’ijoro ikoresheje icyatsi yakuye mu Bidishyi. 

    Zimaze gukira, intare umwami w’ishyamba ikoranya inyamaswa zose 

    zikora umunsi mukuru. Ihagurutsa impyisi iyikora mu ntoki irayibwira 
    iti: “Wabaye intwari.” Inenga ingwe n’urukwavu ubugwari zagize 
    zishidukira ubukungu zigatererana abarwayi. Kuva ubwo inyamaswa 
    ziyemeza kujya zitangira igihugu cyazo zikajya zitabarira hamwe.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza izi nteruro ukoresheje amagambo akurikira: icyorezo, 

    ikoranya, Ubugwari, impuhwe.

    a) Nabonye yarembye mugirira________ mujyana kwa muganga. 
    b) Intare yaremesheje inama__________inyamaswa zose. 
    c) SIDA ni__________cyakwirindwa.

    d) ___________bwe bwatumye bamugaya.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyababaje intare? 
    b) Intare yigiriye iyihe nama ngo icyorezo kivurwe? 

    c) Kubera iki urukwavu n’ingwe bitagarutse?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Kuki twavuga ko urukwavu n’ingwe byabaye ibigwari? 
    b) Ni iki kigaragaza ko intare ari umuyobozi mwiza? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    IMVUGWAKIMWE

    2. Ukoresheje ijambo wahawe kora indi nteruro ifite igisobanuro 

    kinyuranye

    Urugero: 
    gutera: Mama yateye intabire/ inkoko yateye amagi.
    1. Icyatsi: umwishywa ni icyatsi kirandaranda.
     ……………………………………………………
    2. Kubika: kuri radiyo bavuga amatangazo yo kubika.
     ……………………………………………………………
    3. Imbata: Uyu mwana yoroye imbata ebyiri.
     ………………………………………………….
    4. Gukira: Mucyo yari arwaye none yarakize.

     ………………………………………………………

    IMBUSANE

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro imbusane 

    zikurikira: ubugwari, ishimishwa, ijoro.

    a) Ubutwari bwe bwatangaje benshi. 
    b) Inyamanza ibabazwa n’uko ihageze kare. 

    c) Sinkangwa n’amanywa nkora igihe cyose.

    KWANDIKA

    1. Uzuza interuro ukoresheje ibihekane bikurikira uyandike mu 

    mukono: pfy, ryw.

    a) Inka yakapfaka____e ubwatsi ntiyabumara. 

    b) Bakame yarya_____e n’igikona.

    2. Ongera usome umwandiko “Ubutwari bw’impyisi” utahure 

    ingingo y’ingenzi irimo.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Inshuti y’ibihe byose

    Imparage ishaje yari imaze igihe yararembye yarabuze icyayijyana 
    kwa muganga. Abavandimwe ndetse n’abana bayo bose bari batuye 
    kure cyane. 

    Umunsi umwe, impara ijya kuyisura, isanga yararembye cyane 

    iyigirira impuhwe. Impara ibonye uko yahorose, birayibabaza cyane 
    itangira kuyishakira icyo yatamira. Imparage yakomeje kuremba 
    impara ifata umwanzuro wo kuyijyana kwa muganga. 

    Yagerageje gushaka ivuriro hafi y’aho impara yari ituye ariko 

    rirabura. Bukeye iyishyira ku mugongo ijya kuyivuza ku kandi gasozi. 
    Burya koko babivuze ukuri ko inshuti uyibona mu byago. 

    Ako gasozi kabagaho intare y’inkazi nyamara impara
    irihara maze 
    iyijyanayo. Impara iyigejeje kwa muganga ivurwa neza hashize iminsi 
    irakira. Abaganga barazisezerera maze zihita zisubira mu rugo zifite 
    umunezero mwinshi. 

    Mu nzira zitaha, imparage yashimiye cyane impara urukundo 

    n’ubutwari yayigaragarije. Irayibwira iti: “Koko inshuti ya hafi 
    ikurutira umuvandimwe wa kure.” Ikomeza kuyibwira ko itazigera 
    iyibagirwa cyangwa ngo iyihemukire. Impara na yo iyisezeranya 

    gukomeza kuyibera inshuti y’ibihe byose.

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe nyamaswa yari yararwaye?
    b) Impara yatwaye ite imparage ijya kuyivuza? 

    c) Kubera iki izo nyamaswa zagiye kwivuriza ku kandi gasozi?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Mugenzi wawe arwaye wamufasha iki? 
    b) Ni iki washima impara? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko? 

    IMIGANI MIGUFI

    1. Soma interuro ikurikira ivuye mu mwandiko utahure icyo 

    isobanura.

    - Ugira ineza ukayisanga imbere.

    Menye ko:

    Iyi nteruro ari umugani mugufi. Umugani mugufi ni 
    interuro ngufi iba ikubiyemo inyigisho.
    Urugero: Inkingi imwe ntigera inzu.

    Izindi ngero:
    1) Abagiye inama Imana irabasanga.
    2) Abishyize hamwe ntakibananira.
    3) Agapfundikiye gatera amatsiko.
    4) Akeza karigura.
    5) Bagarira yose ntuzi irizera n’irizarumba. 
    6) Igiti kigororwa kikiri gito.
    7) Imana ifasha uwifashije.
    8) Inyana ni iya mweru.
    9) Kora ndebe iruta vuga numve.
    10) Ugira Imana agira umugira inama.
    11) Uwitonze akama ishashi.
    12) Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.

    Imyitozo

    Itegereze amashusho akurikira uyahuze n’imigani bijyanye.

    w

    Kwandika
    Soma agakuru gakurikira maze wandike ingingo y’ingenzi ivugwamo.
    Gatama yakundaga guca insinga z’amashanyarazi akajya kuzigurisha.
    Umunsi umwe, umusaza Gakwerere asanga 
    arimo kuzica.
    Aramwegera amubuza gukomeza guca insinga 

    z’amashanyarazi.

    Yamubwiye ko kwangiza amashanyarazi bibujijwe kandi bihanwa 

    n’amategeko. Amwibutsa ko amashanyarazi ari umutungo 
    w’igihugu ugomba gukoreshwa neza. Gatama yahise areka 
    gukomeza guca insinga z’amashanyarazi. Avuga ko atazongera 

    kwangiza ibikorwa bifitiye igihugu akamaro.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ikifuzo cya Gasore


    Gasore yari umwana ufite nyina w’umuganga, se akaba umusirikare. 
    Yabonaga nyina avura abantu, se arinda igihugu we akifuza 
    kuzabikomatanya. Yumvaga azaba umuganga akaba n’umusirikare 
    ngo akore imyuga y’ababyeyi be bombi.

    Umunsi umwe, yumvise itangazo rihamagarira abantu kwiyandikisha 

    mu ngabo z’igihugu. Akibyumva abwira ababyeyi be ko agiye 
    kwiyandikisha mu ngabo z’igihugu. Bamusubiza ko akiri muto cyane 
    agomba gutegereza akarangiza kwiga.

    Umunsi umwe, anyuze ku murenge ahasanga urubyiruko 

    rwiyandikishaga mu gisirikare. Abasaba kumwandika maze 
    bamubaza umwirondoro, ati: “Nitwa Gasore Antoni. Mfite imyaka 
    icumi, navukiye i Taba mu Kagari ka Tetero. Niga mu mwaka wa 
    gatatu w’amashuri abanza ndifuza kuba umusirikare.” Akirangiza 
    kuvuga umwirondoro we abari aho bose baratangara baraseka 
    barakwenkwenuka.

    Bamubwira ko igitekerezo ke ari kiza nubwo bidashoboka. 

    Bamusobanurira ko akiri muto, agomba kwiga akazaba umusirikare 
    arangije. Umwana yarabyumvise arataha ariko icyo kifuzo ntiyigeze 
    akireka. Amaze kwiga ubuvuzi bw’indwara z’amenyo, yinjiye mu 

    ngabo z’igihugu. 

    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ababyeyi ba Gasore bakoraga iki? 
    b) Kuki Gasore yifuzaga kuba umuganga w’umusirikare? 

    c) Kuki ku Murenge banze kwandika Gasore? 

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni ibihe bikorwa ujya ubona abasirikare bakora? 
    b) Ni iki kigaragaza ko Gasore yari intwari? 

    c) Wowe urumva uzaba iki urangije kwiga ? 

    UMWIRONDORO

    Itegereze interuro zikurikira zavuye mu mwandiko maze 

    utahure icyo zivugaho.

    1) Nitwa Gasore Antoni.

    2) Mfite imyaka icumi, navukiye i Taba mu Kagari ka Tetero.

    Menye ko:

    Umwirondoro ari inyandiko igaragaza ibiranga 
    umuntu. Mu mwirondoro wandikamo:
    - Amazina yawe,
    - Aho utuye (akarere n’umurenge),
    - Ababyeyi bawe (so na nyoko),
    - Imyaka yawe,
    - Aho wiga n’umwaka wigamo,
    - Icyo ukunda.

    KWANDIKA
    Andika wuzuza umwirondoro ukurikira.
    Nitwa……………………………………………………..….
    Navukiye mu Murenge wa………………………...
    Mu Karere ka ………………………………….………….
    Mama yitwa………………………………………….……..
    Data yitwa…………………………………………………..
    Mfite imyaka……………………………………………….
    Niga mu mwaka wa………………………………………

    Nkunda...........................................................

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Imigezi y’inyamaswa


    Kera igikeri cyakundaga kwangiza imigezi, inyamaswa zikabura amazi. 
    Intare itumaho izindi nyamaswa ngo izibaze uwangiza imitungo 
    rusange zihuriyeho. Zihageze yaraziganirije izisaba ko zakora 
    ubugenzuzi zigafata uwangiza imigezi yazo.

    Bukeye inyamaswa zikajya zirinda imigezi ngo zifate uyangiza ariko 

    ntizamubona. Zasubiye ibwami zibwira intare ko zakoze ibishoboka 
    zikabura uwangiza imigezi. Irazibwira iti: “Uburiye umubyizi mu kwe 
    nta ko aba atagize.” Yazisabye kudacika intege inazemerera igihembo
    gikomeye niziramuka zifashe uzangiriza imigezi.

    Zabajije intare icyo gihembo, nuko izisubiza ko agapfundikiye gatera 

    amatsiko. Irakomeza izibwira ko zizakimenya niziramuka zifashe 
    uzangiriza imigezi yazo. Igikeri gishya ubwoba, n’isoni nyinshi, gisaba 
    imbabazi kemera ko ari cyo cyayangizaga. Inyamaswa ziriyamirira 
    ziti: “Burya koko abwirwa benshi akumva bene yo.” 

    Igikeri gikomeza gutakamba cyane, inyamaswa zirakibabarira kivuga 

    ko kitazongera kwangiza imigezi. Kiyemeza kujya kiyirinda buri gihe 
    no kubishishikariza izindi nyamaswa zose. Kuva ubwo ntikirongera 
    kwangiza imigezi n’indi mitungo rusange inyamaswa zihuriyeho.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    umutungo rusage, ubugenzuzi, igihembo, Gutakamba

    a) Abayobozi b’amashuri bakora_________bareba ko amasomo 
    agenda neza.
    b) Yahawe__________cy’uko yatsinze irushanwa.
    c) Kwangiza__________ni bibi.
    d) _________usaba imbabazi bituma ubabarirwa.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni iyihe nyamaswa yakundaga kwangiza imigezi? 
    b) Intare ibonye imigezi ikomeje kwangirika yabigenje ite? 

    c) Inyamaswa zisubiye ku ntare zayibwiye iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Mukora iki kugira ngo mufate neza imigezi iboneka iwanyu? 
    b) Kuki tutagomba kwangiza imigezi ? 
    c) Igikeri kigufashije kumenya iki mu buzima busanzwe ? 

    IMIGANI MIGUFI

    Ukurikije urugero wahawe, huza umugani mugufi n’igisobanuro cyawo


    UTWATUZO

    Andika izi nteruro ushyireho utwatuzo dukwiye.

    a) Kera igikeri cyakundaga kwangiza imigezi
    b) Igikeri kisubiyeho pe

    c) Ni iyihe nyamaswa yangiza imigezi

    UMWIRONDOR0
    UTWATUZO

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Nitwa Atete Charlotte. 
    Data yitwa Rugwiro Eric.
    Mama yitwa Zaninka Rosine.
    Navutse ku itariki 5/12/2013.
    Mvukira mu Mugi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro.
    Ubu nge n’ababyeyi bange dutuye mu Gatenga.
    Nkunda umukino wo gusiganwa mu kwiruka.

    Ikibazo
    : Andika umwirondoro wawe ugendeye k’uwo umaze gusoma.
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Abana ba Kanyandekwe

    c

    Umusaza Kanyandekwe n’umugore we Mupfasoni bari batuye mu 
    Karere ka Gasabo. Bari batuye hafi y’ibiro by’Akagari ka Nyabisindu. 
    Bahoraga bifuza kuganiriza abana babo ku buzima bwabo bakiri bato. 
    Umunsi umwe, abo bana bicaye imbere yabo babatega amatwi

    Umusaza aratangira ati: “Bana bange gusaza ni ugusahurwa.” Abana 

    be bumvise ayo magambo ya se bamubaza impamvu ayababwiye. 
    Ababwira ko bakiri bato bakundaga gukorera igihugu, bakitabira 
    ibikorwa by’ubutabazi. Ntibasibaga mu muganda kugira ngo bagire 
    uruhare mu kubaka Igihugu. Umukecuru Mupfasoni yungamo 
    ababwira ko bakoreye urugo rwabo barurinda inzara. Abana 
    bababaza icyo bakora ngo bazabe ababyeyi beza nka bo. Umukecuru 
    ati: “Abishyize hamwe ntakibananira kandi inkingi imwe ntigera 
    inzu.”Abana bumvise amagambo y’ababyeyi babo yuje impanuro 
    birabashimisha cyane.

    Hanyuma bakajya bashyira hamwe aho bari hose, bagatahiriza 

    umugozi umwe. Ku ishuri wasangaga ari abana b’intangarugero 
    mu kwitabira ibikorwa by’ubwitange. Iyo abandi banyeshuri 
    bashyamiranaga, aba bana bihutiraga kubakiza. Inama ababyeyi 

    2.Inyunguramagambo
    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.
    c
    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni bande Kanyandekwe na Mupfasoni bahamagaye?
    b) Babahamagariye iki? 
    c) Ni ibihe bikorwa Kanyandekwe na Mupfasoni bakundaga 

    kwitabira bakiri bato?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki muganira n’abantu bakuru mubana? 
    b) Ni akahe kamaro ko kumvira inama ugirwa n’abakuru? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INYUGUTI NKURU

    Soma interuro zikurikira maze utahure aho inyuguti nkuru yakoreshejwe.

    a) Kanyandekwe n’umugore we Mupfasoni bari batuye mu Karere 
    ka Gasabo

    b) Bari batuye hafi y’Ibiro by’Akagari ka Nyabisindu. 

    Menye ko:

    Inyuguti nkuru itangira ijambo ry’urwego 
    rw’umurimo. 

    Urugero
    : Nagiye gusura ababyeyi mu Mudugudu 

    wa Nyarusange, Akagari ka Mwezi, Umurenge wa 

    Karengera.

    Umwitozo:

    Andika interuro ikurikira ushyira inyuguti nkuru aho 

    biri ngombwa.

    Ababyeyi ba Cyusa batuye hafi y’akarere ka ruhango, 

    umurenge wa byimana, akagari ka kirengeri.

    KWANDIKA

    Tondeka izi nteruro maze uzikurikiranye wandike mu 

    mukono agakuru kavamo.

    Nyina yaje kumusobanurira akamaro ku gukaraba intoki 
    arasobanukirwa.
    Byatumaga ahora arwaye inzika agahora kwa muganga.
    Ubu ntakirya adakarabye intonki kandi afite ubuzima bwiza.

    Kera Karake kakundaga kurya atabanje gukaraba intoki.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ubwitange bwa Mutesi


    Mutesi yari avuye ku ishuri ahetse agakapu ke. Ari mu nzira abona 
    uruhombo rw’amazi rwangiritse rufite umwenge, amazi arimo 
    kumeneka. Afata umupira we w’imbeho awutsindagira kuri wa 
    mwenge wavaga.

    Akomeza kuwutsindagiraho kugira ngo amazi adakomeza 

    kumeneka. Umupira wuzuramo amazi ariko akomeza 
    kuwutsindagiraho atitira. Akiri aho hahinguka abagabo babiri 
    bajyaga guhinga. Arabahamagara abasaba ko bamufasha gusana 
    uruhombo rwangiritse. Baramwemerera bapfuka umwenge wavaga 
    maze amazi ntiyongera kumeneka.

    Barangije bamushimira ubwitange yagize bwo gutabariza 

    abaturage bari kuza kubura amazi.


    2.Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    s

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni ba nde bafashije Mutesi gusana uruhombo? 
    b) Mutesi abona uruhombo rwatobotse yari avuye he?

    c) Ni iki Mutesi yakoze kugira ngo amazi adakomeza kumeneka?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Iyo uza kuba Mutesi wari kubigenza ute? 
    b) Ni iki kivugwa ku iherezo ry’umwandiko? 

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    INSHAMAKE

    1. Soma umwandiko “Ubwitange bwa Mutesi” ushake ingingo 

    z’ingenzi ziri muri uwo mwandiko.

    2. Hera ku ngingo z’ingenzi wandike inshamake y’umwandiko.

    Menye ko:

    - Inshamake iba igizwe n’ingingo z’ingenzi zivugwa 
        mu mwandiko. 
    - Inshamake yandikwa ishingiye ku magambo 
      y’ingenzi ari mu mwandiko.

    Urugero
    : Mutesi yabonye uruhombo rwatobotse 

    amazi ameneka agerageza gupfuka uwo mwenge 
    biramunanira, ahamagara abagabo babiri 
    barawupfuka.

    UMWITOZO
    Soma aka gakuru maze wandike inshamake yako mu nteruro 
    eshatu gusa.

    Agakuru
    Icyumba k’ishuri ryacu cyari kimaze iminsi kidakorerwa isuku. 
    Twese twasiganiraga kugisukura kigahora gisa nabi. 
    Umwarimu wacu yaratwegereye, atugira inama yo kugisukura. 
    Yatubwiye ko ari umutungo rusange tugomba kwitaho kuko 
    tugihuriramo twese. Bukeye twazanye imyeyo, tuvoma n’amazi 
    dukora isuku. Twasukuye inkuta, urugi, amadirishya ndetse 
    n’intebe zose.
    Ishuri ryongera gusa neza, maze twese turishima ducinya 

    akadiho. Ubu ishuri ryacu rirangwamo isuku kuko turyitaho.

    KWANDIKA

    Uhereye ku mwandiko “Ubwitange bwa Mutesi” andika 
    agakuru k’imirongo 4 cyangwa 3 kagaragaza uburyo akunda 

    Igihugu.

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kabanyana na Muhoza

    s

    Kabanyana ni umwana ugira abandi inama na we akagisha inama. 
    Muhoza we ni umuntu utagira icyo yitaho w’intabwirwa.

    Umunsi umwe bava ku ishuri, Muhoza agenda akinira mu 

    muhanda. Kabanyana amubujije undi amutera utwatsi. Kabanyana 
    aramwegera, amubwirana ubwitonzi ati: “Nshuti yange amagara 
    araseseka ntayorwa!” Amusubiza amwishongoraho ko ubuzima bwe 
    butamureba ko atanamushinzwe. Kabanyana ababazwa no kumva 
    Muhoza amwishongoyeho kandi yamugiraga inama nziza. Kabanyana 
    yarikomereje asiga amwibukije ko gukinira mu muhanda biteza 
    impanuka. 

    Kabanyana ageze mu ikorosi yumva igikamyo
    gikonkoboka atekereza 
    kuri Muhoza. Yirengagiza uburyo yamusuzuguye maze yiyemeza 
    kujya kumukura mu muhanda. Yahise asubira inyuma yiruka 
    amasigamana ngo arebe ko yatabara Kabanyana. Yamugezeho 
    ahita asimbuka aramushikanuza bagwa hakurya y’umuhanda bacika 
    igikamyo batyo.

    Muhoza abonye ukuntu Kabanyana amwitangiye agira ikiniga 

    maze amusaba imbabazi. Kabanyana amwibutsa kujya yita ku 
    nama bagenzi be bamugira. Muhoza aramushimira amwizeza ko 

    bitazasubira.

    2.Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 
    aramushikanuza, gikonkoboka, amwishongoraho, amutera 

    utwatsi.

    a) Karisa yabwiye Karima gushora inka_________________ .
    b) Ageze ahabi______________ amuvana mu kaga gakomeye. 
    c) Munana yasabye murumuna we kureka ubukubaganyi_______ .

    d) Ikimodoka cyabuze feri________ kerekeza munsi y’umuhanda.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Muhoza yakiniraga hehe? 
    b) Kabanyana yababajwe n’iki? 

    c) Ni iki Kabanyana yumvise gikonkoboka?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Kuba Kabanyana yarirutse amasigamana bigaragaza iki ? 
    b) Ni iki wakora mbere yo kwambukiranya umuhanda? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INSHAMAKE

    Soma aka gakuru ugahuze n’inshamake yako iri mu kadirishya.

    f

    KWANDIKA

    1. Andika interuro ikurikira ushyira inyuguti nkuru aho zikwiriye.

    kabanyana atuye mu mudugudu w’inyange, akagari ka bibare, 

    umurenge wa kimironko.

    2. Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Umusaza Gakire yahamagaye umwana we Ganza ngo baganire. Yifuzaga 
    kumuganirira ku mwuga w’uburobyi kugira ngo awumenye. Nuko 
    amwicaza hafi ye amubwira ko akiri muto yakundaga kuroba mu kiyaga. 
    Ganza amubaza niba uwo mwuga ushobora gutunga umuntu. Gakire 
    amusubiza ko ari umwuga ushora kumuteza imbere. Arongera amubwira 
    ko abawukora ubatunga ukanateza igihugu imbere. Kuva ubwo Ganza 
    akunda umwuga w’uburobyi bw’amafi akajya abyitoza. Ubu ni umurobyi 
    ukomeye mu gihugu hose kandi yiteje imbere.

    Ikibazo: Vuga inshamake y’aka gakuru maze uyandike mu ikayi yawe.

    Isuzuma risoza umutwe wa munani

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umuganda iwacu

    Hari hashize iminsi ndwariye kwa masenge utuye mu Ntara 
    y’Uburengerazuba. Maze gukira nagarutse imuhira, banyakirana 
    urukumbuzi rwinshi cyane. Ako kanya umuhwituzi avuza ingoma, 
    avuga ko hari iteme ryangiritse. Yatanze ubutumwa ko abaturage 
    bose bazindukira mu muganda wo kurisana.

    Bukeye twitabiriye icyo gikorwa cyo
    gusana iteme ryari ryangiritse. 
    Burya koko abishyize hamwe ntakibananira, buri wese yashyizeho 
    imbaraga ze. Nyuma y’igihe gito, iteme ryari rimaze gusanwa. Nk’uko 
    bisanzwe bigenda nyuma y’umuganda, umuyobozi w’umurenge wacu 
    yadukoresheje inama. Ashimira buri muntu ubwitange n’umurava 
    yagaragaje. Atubwira ko bigaragara ko iteme ryangijwe n’igiti 
    batemye kikarigwira. Bityo adushishikariza kubungabunga ibikorwa 
    remezo, twirinda ikintu cyose cyabyangiza.

    Abaturage twese twiyemeje gukurikiza inama tugirwa n’ubuyobozi. 

    Buri wese yiyemeza kugira uruhare mu gufata neza ibikorwa rusange.

    2.Inyunguramagambo

    i) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    x

    ii) Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo:

    kubungabunga, umurava, umuhwituzi, masenge.
    a) Umunyeshuri wigana _________ atsinda neza. 
    b) Nagiye gusura __________ anyakiriza amata.
    c) Umwarimu wacu yatubwiye ko_________ibidukikije ari 
    inshingano zacu.
    d) Karyabwite ni _______________ wacu udukangurira 

    kwitabira inama.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni nde wavuzaga ingoma? 
    b) Ni ikihe gikorwa bagombaga gukora mu muganda ?

    c) Abitabiriye umuganda biyemeje iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Vuga bimwe mu bikorwa by’umuganda ubona iwanyu?
    b) Kuki tugomba kurinda ibikorwa remezo ?

    c) Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    IMPUZANYITO

    Andika impuzanyito z’amagambo aciyeho akarongo.

    a) Twitabiriye icyo gikorwa cyo gusana iteme. 
    b) Ashimira buri muntu ubwitange n’umurava yagaragaje.

    c) Nagarutse imuhira banyakirana urukumbuzi rwinshi.

    IMVUGWAKIMWE

    Tanga ibisobanuro bibiri binyuranye kuri buri mvugwakimwe.

    a) Intara: 
    b) Gukira:

    c) Gukurikiza:

    IMBUSANE

    Andika imbusane z’amagambo aciyeho akarongo mu 

    nteruro zikurikira

    a) Hari hashize iminsi ndwariye kwa masenge.
    b) Masenge yari atuye mu Ntara y’Uburengerazuba.

    c) Nyuma y’igihe gito iteme ryari rimaze gusanwa.

    INSHAMAKE

    1. Soma aka gakuru ugahuze n’inshamake yako iri mu 

    kadirishya.


    2. Ongera usome umwandiko “Umuganda iwacu” maze ukore 

    inshamake itarenze interuro eshanu.

    IMIGANI MIGUFI

    a) Itegereze aya mashusho maze wuzuze imigani ikurikira.


    b) Huza iyi migani n’ibisobanuro byayo ukoresheje akambi.


    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umurava wa Mugenzi


    Igihe kimwe, Mugenzi yagiye gusaba akazi bamusaba kohereza 
    umwirondoro we. Ntiyari asobanukiwe neza umwirondoro icyo ari cyo 
    n’uko bawandika, ajya gusobanuza Kampire. 

    Kampire amusobanurira ko umwirondoro ari amakuru ku muntu. 

    Hagomba kugaragaramo amazina ya nyirawo. Hakanagaragaramo 
    igihe n’aho yavukiye, ababyeyi be ndetse n’icyo akora. Yanamwibukije 
    ko anavugamo icyo umuntu akunda cyangwa ikimushimisha mu 
    buzima bwe. Amubwira ko iyo ibyo birangiye, umuntu yandika amazina 
    agashyiraho umukono.

    Muri iyo minsi, Mugenzi yandika umwirondoro arawohereza. Hashize 

    igihe gito bamutumaho bamuha akazi yasabaga. Akimara ku kabona 
    yashimiye Kampire cyane. Amubwira ko akazi abonye ari we agakesha
    ko na we azajya afasha abandi. Mu kazi ke, Mugenzi yakoranaga 
    umurava kandi akarangwa n’ubwitange bukomeye. 

    Kuva ubwo Mugenzi yakodesheje inzu hafi y’umurenge. Nyuma 

    y’akazi, akigishirizamo abantu kwandika inyandiko zinyuranye zirimo 
    umwirondoro. Yabakaga amafaranga make cyane yo kumwunganira
    mu kugura ibikoresho. Abadafite amikoro yabigishirizaga ubuntu.

    Icyo gikorwa cyaramenyekanye maze ubuyobozi bw’akarere 

    buragishyigikira. Busaba ko muri buri murenge haboneka ibikorwa 
    nk’ibyo.

    2. Inyunguramagambo
    i) Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    ii) Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo: 

    umukono, agakesha, kumwunganira, amikoro.

    a) Akazi afite____________ubunyangamugayo bwe.
    b) Umaze kwandika umwirondoro, ashyiraho________we.
    c) Nifuza_____________mu bikorwa by’iterambere.

    d) Nkora cyane kugira ngo nzagire________ .

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni nde basabye kohereza umwirondoro we? 
    b) Kuki bamusabye umwirondoro we? 

    c) Ku kazi Mugenzi yarangwaga n’iki?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    a) Iyo uvuye ku ishuri ni iki ukora kiguteza imbere? 
    b) Kuki utanga akazi yaka umwirondoro ugasaba? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    INYUGUTI NKURU

    Andika interuro zikurikira ushyira inyuguti nkuru aho bikwiye.

    mugenzi ni umuyobozi w’umudugudu wa kayumbu. atuye mu 

    kagari ka gacundura, umurenge wa rwerere. 

    INDIRIMBO

    Andika inyikirizo y’indirimbo imwe mu zo mwize mu mwaka wa gatatu.

    UMWIRONDORO
    Andika umwirondoro wawe ugaragaza amazina yawe, amazina 
    y’ababyeyi, aho utuye, igihe wavukiye, ishuri wigaho, umwaka 

    wigamo n’ibyo ukunda.

    Indirimbo: Turate Rwanda yacu

    m

    1. Turate Rwanda yacu itatse inema
     Rwanda yacu nziza gahorane ishya
     Gitego cyatatswe ubwiza na Rurema 
     Hose baraguharanira.

    Inyikirizo:

    Rwanda nziza
    Ntuteze kuzahinyuka mu mahanga
    Rwanda nziza
    Abawe baguhaye impundu.

    2. Ufite ibirunga nka Muhabura

     Ni cyo gikuru mu birunga by’ino
     Ni wo munara w’uru Rwanda rwacu
     Aho uri hose uba ukitegeye!

    3. Twavuga iki se ku mazi magari

     Nka Kivu na Muhazi ya Buganza
     Burera na Ruhondo byo mu Murera
     Cyohoha inetesha Bugesera!

    4. Hari ubwo se mwageze mu mukenke, 

     Ngo murore impara n’imparage se,
     Hari ubwo se mwageze mu mashyamba,

     Ngo murore ingwe n’urusamagwe?

    Urutonde rw’amagambo

    Abadukana: ahagurukana bwangu.
    Abaherwe: abakire cyane.
    Abanga umuduri: aboha/akora umuduri.
    Abikesheje: abikuye. 
    Abungure inama: abahe igitekerezo.
    Abura n’inyoni itamba: abura n’umwe. 
    Abuzukuru: abana b’umwana wawe.
    Aca bugufi: ariyoroshya. 
    Adidimanga: atavuga neza.
    Agakesha: agakomora. 
    Agaseke: akebo gato gafite umutemeri.
    Agatege: imbaraga.
    Agira ishyushyu: agira ubushake bwinshi. 
    Ahiga: arusha abandi.
    Akabakirigitira umurya: akabacurangira.
    Akabisi n’agahiye: byose. 
    Akarasisi: uburyo bwo kugenda umujyo umwe mwiyereka.
    Akarima k’igikoni: akarima k’imboga ko mu rugo.
    Akubitwa n’inkuba: arumirwa. 
    Amadovize: amafaranga ava mu bindi bihugu.
    Amagara: ubuzima.
    Amajyambere: iterambere.
    Amajyo: ikerekezo.
    Amakenga: ubwoba buvanze n’ubushishozi.
    Amakimbirane: ubwumvikane buke.
    Amapfa: inzara iterwa n’izuba ryinshi.
    Amaronko: ibintu ubona kubera gukora ikintu runaka bikakugirira akamaro.
    Amasenga: intaho y’impyisi.
    Amasezerano: ubwumvikane.

    Amatsiko: inyota yo kumenya.
    Amavumvu: indirimbo abavumvu baririmbira inzuki.
    Amavunane: umunaniro umuntu agira bitewe n’akazi yakoze.
    Amerwe: ubushake bwinshi bwo kurya ikintu.
    Amikoro: ubushobozi.
    Amutera utwatsi: aramuhakanira. 
    Amwishongoyeho: amwiraseho.
    Anatengurwa: anatitira.
    Arabashwishuriza: arabahakanira.
    Arabunga: arabakiranura.
    Arahindukira: areba inyuma areba inyuma.
    Arampwitura: arankangura, aranshishikaza.
    Aramuhumuriza: amumara ubwoba..
    Aramushikanuza: amukurura bwangu
    Aranzika: aratangira.
    Arita mu gutwi: arabyumva.
    Ashya ubwoba: agira ubwoba.
    Ashyogoranya: aterana amagambo. 
    Atamutoteza: atamubwira nabi. 
    Atijana: atiganyira.
    Atitira: atengurwa.
    Awutsindagira: awushyirana imbaraga. 
    Babatega amatwi: baritonda baramwumva.
    Babirengaho: ntibabyubahiriza.
    Bagenda makeri: bagenda basimbagurika basutamye.
    Bagimbutse: batangiye kumenya ubwenge.
    Bakomaga: bakoraga imyambaro mu bishishwa by’imivumu.
    Bamuhaga akato: baramuhezaga.
    Barabahanura: babagira inama.
    Barabuze amahwemo: barabuze umutuzo.
    Baraducucuye: batwibye ibintu byose.

    Baragatora: bagafata mu mutwe.

    Baraguharanira: barakurwanirira
    Baragukumbuye: bifuza kukubona.
    Barakwenkwenuka:baraseka cyane.
    Baramamaye: baramenyekanye cyane
    Baramucyurira: bamubwira nabi bamwibutsa ibibi yabakoreye.
    Baramukwena: baramuseka.
    Barancyaha: bangira inama.
    Baravunyisha: barakomanga.
    Barayihinda: barayirukana, bayisubizayo.
    Basagarirana: benderezanya. 
    Bashoreye: bakurikiye.
    Bashyamiranaga: batumvikanaga.
    Batebuka: babanguka.
    Batitabiraga: batashishikariraga.
    Bigasukirana: bigaturana, bigahana. 
    Bihebuje: byiza cyane.
    Bikororoka: bikabaho. 
    Binubira: bijujutira. 
    Biramuyobera: abiburira igisubizo. 
    Birayigota: birayikikiza bigamije kuyifata.
    Bononaga: bangizaga.
    Bwangu: vubavuba. 
    Byakudindiza: byagutinza.
    Byangiza: byica.
    Byirwanaho: byifasha muri byose. 
    Diyasipora: abenegihugu baba mu bindi bihugu.
    Gahunda: uburyo bwo gukora ikintu. 
    Gakondo: cyasizwe n’abasokuruza. 
    Gikonkoboka: kimanuka kihuta cyane. 
    Gucuranwa: kurya usahuranwa ibiryo.
    Gucyocyorana: guterana amagambo.

    Guhaha: kujya kugura ibyo kurya. 
    Guhomvomva: kuvuga ibiterekeranye.
    Guhumuza: gusoza.
    Gupyipyinyurwa: gukubwa imbyiro.
    Gusagarirana: kwenderezanya
    Gusana: tutunganya ibyangiritse. 
    Gusebywa: kuvugwa nabi. 
    Gusesagura: gupfusha ubusa.
    Gushotorana: kwenderezanya.
    Gushyamirana: kugirana ibibazo.
    Gutahiriza umugozi umwe: gushyira hamwe
    Gutakamba: gusaba imbabazi winginga.
    Gutashya: gushaka inkwi.
    Guteshuka: kwibagirwa gukora ibyo wagombaga gukora.
    Ibaruwa: urwandiko. 
    Ibibwana: ibyana by’imbwa.
    Ibidukikije: amashyamba, inyamaswa, amazi…
    Ibiguruka: inyoni n’ibisiga.
    Ibikorwa remezo: ibikorwa by’ibanze bifitiye abaturage akamaro.
    Ibikururanda: inyamaswa zigenda zikurura inda zitagendesha amaguru.
    Ibinyabuzima: ibintu byose bifite ubuzima.
    Ibirunga: imisozi miremire cyane.
    Ibiyobyabwenge: ibintu umuntu akoresha agata umutwe.
    Ibizenga: ibidendezi by’amazi.
    Ibundaraye: yunamye yihishe. 
    Ibyiyumviro: ibyo umuntu atekereza.
    Ibyondi: ubwoko bw’inguge. 
    Icyamamare: umuntu wamenyekanye cyane.
    Icyanya: aho inyamaswa zo mu gasozi zagenewe kuba.
    Icyaruhungabanya: icyarubuza umutekano.
    Icyorezo: indwara ifata abantu benshi icyarimwe.
    Igahinda umushyitsi: ikagira ubwoba. 

    Igihango: isezerano. 
    Igihembo: ishimwe.
    Igihunga: ubwoba bwinshi.
    Igihuru: ahantu hari ibyatsi bivanze n’ibiti binyuranye.
    Igikombe: igihembo gihabwa abahize abandi mu mikino.
    Ihiga: irusha.
    Ikirangirire: umuntu uzwi cyane. 
    Ikirego: Ikibazo cyashyikirijwe umucamanza.
    Ikiru: amande.
    Ikoranya: yegeranya, ihuriza hamwe.
    Imbamutima: ibyiyumviro.
    Imbwebwe: imbwa y’ishyamba.
    Imfura: umuntu ugira imico myiza.
    Imfura: umwana wa mbere.
    Imiheno: Imyobo y’imbeba.
    Imikoki: ahantu hacukutse kubera amazi y’isuri.
    Imikoro: imyitozo yo gukorera mu rugo. 
    Imitako: imirimbo.
    Imitubu: inyamaswa nto iba mu mazi, iri mu bwoko bw’ibikeri.
    Imitungo rusange: imitungo abantu bahuriyeho bose.
    Impamba: icyo umuntu atwara agiye ku rugendo ngo aze kukirya cyangwa 
     kukinywa.
    Impanga: abana barenze umwe bavukira rimwe ku mubyeyi umwe.
    Impanuro: amagambo abwirwa umuntu bamugira inama.
    Impongo: inyamaswa yo mu gasozi ijya kumera nk’inka.
    Impuhwe: imbabazi.
    Impumu: uguhumeka ubutitsa ubitewe n’ikintu runaka.
    Impwerume: imbwa y’ingabo.
    Imvi: imisatsi y’umweru.
    Incyamuro: agasuka gato bateza intabire.
    Incyuro: amagambo mabi abwirwa umuntu.
    Indakoreka: umuntu utumva inama agirwa.

    Indiri: aho udukoko cyangwa inyamaswa bitaha.
    Indyabyatsi: inyamaswa zitunzwe no kurya ibyatsi.
    Indyanyama: inyamaswa zitunzwe no kurya inyama.
    Indyoshyandyo: ibintu bashyira mu biryo batetse kugira ngo birusheho 
     kuryoha.
    Inema: imigisha.
    Ingabo y’igihugu: umusirikare.
    Inganzo: ubuhanzi buba mu mutwe w’umuhanzi.
    Ingasire: ibuye bakoresha basya ku rusyo.
    Ingenzi: ikintu kiza ku mwanya wa mbere kubera akamaro kacyo.
    Ingeragere: inyamaswa yo mu ishyamba izi kwiruka cyane.
    Ingingo: bimwe mu bice by’umubiri.
    Inguge: bumwe mu bwoko bw’inyamaswa zijya gusa n’abantu.
    Injyana: umugendo umwe.
    Inkanda: umwambaro w’abakurambere wakorwaga mu ruhu ukambarwa 
     n’abagore.
    Inkangu: ibitengu byatewe n’imvura.
    Inkazi: inyamaswa zigira amahane cyane zirya izindi.
    Inkingi: imihembezo y’urutoki.
    Inkoko ni yo ngoma: ndazinduka kare.
    Inkongoro: igikoresho gakondo banyweramo amata.
    Insanganyamatsiko: ingingo yandikwaho/ivugwaho.
    Inshingano: icyo umuntu ashinzwe gukora.
    Inshuti magara: abantu bakundana cyane.
    Inshwabari: imyambaro ishaje inacikaguritse.
    Inshwegegeri: udusimba tuva mu migina turibwa n’abantu.
    Inshywa: inzuzi ziva mu bicuma.
    Intaho: aho abantu cyangwa inyamaswa zitaha.
    Intimba: agahinda kenshi.
    Intonganya: amahane atuma abantu babwirana nabi.
    Inturo: injangwe yo mu gasozi. 
    Intwari: umuntu ugira ibikorwa by’intangarugero.

    Intyoza: umuhanga mu kintu runaka.
    Inyamabere: inyamaswa zifite amabere zonsa ibyana byazo. 
    Inzibyi: inyamaswa iba mu mazi, ifite umubyimba nk’uw’injangwe itungwa 
    n’amafi
    Inzobere: umuhanga cyane mu bintu runaka.
    Inzuzi: ikimera kera ibihaza, imyungu n’ibicuma.
    Ipfunwe: isoni zivanze n’ikimwaro.
    Irahashywa: irarwanywa.
    Iranshwaratura: iranosha.
    Iranshwiragiza: imbuza ikerekezo.
    Irarohama: igwa mu mazi irarengerwa. 
    Iratontomye (intare): irasakuje.
    Irayaturaga: ikura udushwi mu magi. 
    Irayisindagiza: iyifasha kugenda. 
    Irihara: irishora, iritanga.
    Isatura: ingurube y’ishyamba.
    Isega inanutse: imbwa yo mu ishyamba ifite umubiri muto. 
    Ishinge: ubwoko bw’ibyatsi bimera ku misozi itera.
    Ishumi: umugozi uzirika imbwa.
    Ishya: amahoro.
    Ishyaka: umuhate.
    Itaramamara: itarakwira hose.
    Iterambere: amajyambere. 
    Itiyo: uruhombo runyuramo amazi.
    Iyihekuye: iyiciye abana. 
    Kabakora ku mutima: karabanyura.
    Karahava: bitangaje. 
    Karajujubije: karababujije amahoro.
    Karatumuka: gahuhwa n’umuyaga. 
    Karemano: ikintu kitakozwe n’abantu.
    Katitije: kateye ubwoba.
    Kimeza (ishyamba): ritatewe n’abantu.

    Kizira: bibujijwe.
    Ku manywa y’ihangu: igihe cy’umunsi izuba riba riva.
    Kubibungabunga: kubyitaho.
    Kubogoza: gusaba imbabazi. 
    Kubuguza: gukina igisoro.
    Kubungabunga: kwita ku kintu.
    Kubwagura: kubyara kw’inyamaswa zibwegeka. 
    Kumasha: kurasa intego.
    Kumwunganira: kumufasha. 
    Kurondogora: kuvuga cyangwa kwandika amagambo menshi atari ngombwa.
    Kuryarya: gushuka umuntu umubeshyabeshya.
    Kuryarywa: kubeshywa.
    Kutijujutira: kutinubira.
    Kuyiraririra: kuyibundikirira amagi.
    Kuyisagarira: kuyibuza amahoro.
    Kuzabikomatanya: kuzabikora byombi.
    Kuzahinyuka: kuzasuzugurwa. 
    Kuzibungabungira: kuzirindira.
    Kuzishimuta: kuzihiga mu buryo butemewe.
    Kuziyunga: kuzongera kubana neza nyuma y’amakosa runaka.
    Kuzubahiriza: kuzakurikiza.
    Kwica amatwi: kugaragaza ko utumvise. 
    Kwinangira: kwanga guhinduka.
    Kwirwanaho: kwitabara. 
    Kwishongora: kwirata ku bandi.
    Kwiyahuza: kwiyicisha. 
    Magirirane: uburyo bwo kunganirana.
    Marume: musaza wa mama.
    Masenge: mushiki wa data. 
    Mbungabunga: nita. 
    Mu byanya: ahantu hagari.
    Mu byari: aho inyoni zitaha.
    Mu mihana: mu gasozi.
    Mu miheno: aho imbeba zitaha.
    Mu murwa: mu mugi munini.
    Mu museso: mu gitondo karekare. 
    Mukerarugendo: abantu basura ibyiza bitatse igihugu.
    Mu muzinga: aho inzuki ziba.
    Mvamahanga: ikintu gikomoka mu mahanga.
    Mwunge mu ryange:muvuge rumwe nange. 
    Nkana: ku bushake. 
    Ntatenguhe: ntamutererane.
    Ntibanacweza:ntibanaceceka.
    Ntiyirarira: ntiyiyemera.
    Ntiyitaga: ntiyahaga agaciro.
    Nyirakuru: umubyeyi w’igitsina gore wa data cyangwa mama.
    Nyirasenge: mushiki wa se.
    Pariki: ahantu habugenewe inyamaswa ziba.
    Sekuru: se wa se cyangwa wa nyina.
    Tuzarwubaka: tuzaruteza imbere.
    Twabadukanye: twahagurukanye.
    Twararusimbutse: ntirwadutwariye ubuzima.
    Twaryarywe: twarabeshywe.
    Ubugenzuzi: ugusuzuma uko ibintu bikorwa.
    Ubugwari: ukutaba intwari. 
    Ubukire: imitungo myinshi.
    Ubumwe: ubwumvikane mu bantu.
    Ubunebwe: ubushake buke bwo gukora.
    Ubushyamirane: ukutumvikana n’abandi.
    Ubwitange: ibikorwa bigaragaza ubutwari. 
    Uducuma: udukoresho gakondo banyweramo twera ku nzuzi.
    Ugororoka: umera neza, urambuka.
    Ugusahurwa: ukubura ibyawe.
    Umubyizi: igikorwa cy’umunsi.
    Umuganda: umubyizi. 
    Umugara: ubwoya burebure buba ku ijosi no ku mutwe w’intare.
    Umuhigo: ibyo umuhigi atahana avuye guhiga.
    Umuhunda: icyuma gisongoye ku mpera zombi.
    Umuhwituzi: ni uwibutsa abantu ibyo bagomba gukora.
    Umujinya: uburakari.
    Umujyanama w’ubuzima: umuntu ushinzwe kugira inama abaturage ku 
     bijyanye no kubungabunga ubuzima. 
    Umukambwe: umusaza ukuze cyane. 
    Umukannyi: umuntu wakoraga imyambaro gakondo mu mpu.
    Umukenke: ubwoko bw’ibyatsi inyamaswa zikunda kurisha. 
    Umukono: sinya. 
    Umukungugu: umucucu utumuka hejuru uturutse mu bitaka.
    Umunebwe: udakora akazi ke uko bikwiye.
    Umurage: Umutungo uhawe n’undi muntu nk’umubyeyi cyangwa inshuti.
    Umurava: Umwete.
    Umuturanyi: umuturage baturanye.
    Umwami w’ishyamba: Umutware w’ishyamba, umuyobozi w’izindi nyamaswa.
    Umwete: umurava.
    Umwirondoro: amakuru ku muntu.
    Urusaku: imivugire runaka y’inyamaswa.
    Uruyenzi: imvi nyinshi ku mutwe. 
    Urwego: umwanya ugaragaza ubusumbane bw’abantu mu bintu runaka.
    Urwina: umwobo bataramo ibitoki.
    Utunguka: uhinguka.
    Umwishywa: umwana wa mushiki wawe. 
    Wigamba: wirata.
    Yahorose: yananutse. 
    Yakapfakapfwe: yarembejwe.
    Yakapfakapfye: yariye ibyatsi ibivangavanga.
    Yaragikopwe: yagihawe ku ideni.
    Yarahorose: yarananutse.

    Yarajujubije: yarababujije amahoro. 
    Yaramwihanganishije: yaramukomeje.
    Yararembye: yararwaye cyane.
    Yarayizonze: yarayirembeje cyane.
    Yarazanzamutse: yatangiye gukira.
    Yaruhutse: yatuje.
    Yatamira: yarya.
    Yibeta: igenda yihishe.
    Yigira indakoreka: irananirana. 
    Yinumiye: yicecekeye.
    Yirengagiza: yiyibagiza.
    Yiriza umunsi: ahamara umunsi wose.
    Yiruka amasigamana: yiruka cyane.
    Yiyambaza: yitabaza.
    Yiyemera: yumva ko ari yo ibizi.
    Zakoze ku mitima: bazibajijeho. 
    Zarikoze: zishyize hamwe.
    Zibereye ijisho: zishimishije kuzireba.
    Zigakwira imishwaro: zigahunga.
    Zigaragariza: zereka.
    Zikagororoka: zikarambuka.
    Zimyiza imoso: zigira isoni / zigira ikimwaro.
    Zirarira: zirara zirinze. 

    Zitarumbywa: zitabuzwa kwera.

    Ibitabo byifashishijwe

    1. Clay, M. (1979), The early detection of reading difficulties, Portsmouth, NH: 
    Heinemann. 
    2. Cummins, J. (1979), Linguistic interdependence and the educational 
    development of bilingual children. Review of Educational Research 49:222-51 
    3. Dyson, A.H. (1988), Appreciate the drawing and dictating of young children. 
    Young Children 43(3):25-32 
    4. Edition Bakame (2010), Ikinyarwanda, Ikibonezamvugo cy’amashuri abanza 
    n’ayisumbuye. 
    5. Edition Bakame, (2007), Ikinyarwanda, Igitabo cy’umunyeshuri, umwaka wa 
    gatatu, Kigali. 
    6. Elley, W. (1989), Vocabulary acquisition from listening to stories, Reading 
    Research Quarterly 24:174-87. 
    7. Gay Su P. & Irene C. Fountas, (2003), Phonics lessons, Heinemann. 
    8. Graves, D. (1983), Writing: Teachers and children at work, Portsmouth, NH: 
    Heinemann. 
    9. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2009), Gusoma, Kwandika no 
    Kubara, Igitabo cy’Umwigishwa, Kigali. 
    10. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2015), Integanyanyigisho 
    z’Ikinyarwanda mu mashuri abanza: Ikiciro cya mbere, Kigali. 
    11. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho,(2004), Gusoma 3, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    12. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho,(2004), Gusoma 4, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    13. Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Integanyanyigisho, (2004), Gusoma 5, Igitabo 
    cy’umunyeshuri, Kigali. 
    14. Institut de Recherche Scientifique et Technologique (IRST), (2011),
    Inkoranya y’Ikinyarwanda mu Kinyarwanda, MAGANEM, Kigali. 
    15. Kagame F., Zorzutti C.& Bonfils P. (2006), Imigani y’ikinyarwanda, Proverbes 
    rwandais. Proverbs from Rwanda, Éditions Sépia.
    16. Ministère de l’Education Nationale, Direction Générale des Etudes 
    et Recherches Pédagogiques, Bureau Pédagogique, (1977), Cours de 
    Méthodologie Spéciale Kinyarwanda, Kigali. 
    17. MK. (2007), Nige neza ururimi rw’ Ikinyarwanda, Igitabo cy’umunyeshuri, 
    umwaka wa gatatu, Kigali.