• Umutwe wa gatandatu :Siporo n’imyidagaduro

     UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Bana dukine

    y

    Kuva kera imikino n’imyidagaduro byari ingenzi mu buzima 
    bw’abantu. Abana b’icyo gihe bitabiraga imikino inyuranye.

    Imikino mvamahanga
    itaramamara mu Rwanda, abana bakinaga 
    imikino gakondo ikabanezeza. Abahungu bakinaga umukino w’agati, 
    gusimbuka urukiramende, igisoro, gutera umuhunda, kumasha 
    n’iyindi. Abakobwa bo, akenshi basimbukaga umugozi, bagakina 
    ubute, bagasamata, bakihishana n’ibindi.

    Imikino n’imyidagaduro gakondo, yashoboraga guhuza abahungu 

    n’abakobwa. Byatumaga abana bato bakura neza ingingo z’umubiri 
    ntizihinamirane ahubwo zikagororoka. Bungukaga inshuti, bagakuza 
    umubano, bagasabana kandi ikabarinda indwara zinyuranye. Imikino 
    n’imyidagaduro gakondo yari ifite akamaro kanini tutarondora.

    Hari imikino gakondo igikinwa n’ubu nko gusimbuka urukiramende no 

    kwihishana. Ni byiza ko abana bayitabira kuko ari ingirakamaro ku 
    buzima.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    d

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni mu kihe gihe abana bakinaga imikino gakondo gusa? 
    b) Vuga imikino gakondo nibura itatu yakinwaga n’abana yavuzwe 
    mu mwandiko.
    c) Ni iyihe mikino gakondo yavuzwe mu mwandiko na n’ubu 

    igikinwa n’abana?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni uwuhe mukino gakondo mu yavuzwe mu mwandiko ujya 
    ukina? 
    b) Uratekereza ko gukina nyuma y’amasomo byakumarira iki 
    nk’umunyeshuri ? 

    c) Ni uruhe ruhare rw’imikino mu mibanire myiza y’abantu?

    UTURINGUSHYO

    Gusoma uturingushyo

    1. Soma utu twandiko maze utahure uko duteye.
    a) Imfura
        Imfura ni iyo musangira ntigucure, 
        Mwajya inama ntikuvemo. 
        Waterwa ikakuburira
        Wapfa ikakurerera.
       Kuba ukize ntusuzugure ukennye

        Wasonza ntiwibe.

    b)Itabi
               Itabi ry’i Nduga ni kaburabuza.
               Uraritera rikaguteranya,
               Waryivumburira utariteye, 

               Rikagutwara utuntu.

    Menye ko:

    Akaringushyo ari akandiko gafasha umunyeshuri 

    kumenya gusoma no gufata mu mutwe .

    2. Umwitozo

    Soma aka karingushyo maze ugafate mu mutwe
    Ibitotsi
    Ibitotsi ni ibiragi, bigomba ibirago,
    Usinzira utiziguye imuhira,
    Uwazindutse akagusumbya akantu!
    Ijoro ni intati, rikaba intambara,
    Ryageza igihe k’igicuku rikagucuragiza,

    Impyisi igatera, umurozi akaza!

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Ishuri ryateguye irushanwa ryo kwiruka.
    Nyiramana aba uwa nyuma mu bandi.
    Asaba Muhoza kumutoza kwiruka.
    Arabimwemerera batangira gukora imyitozo.
    Nyiramana amenya kwiruka ntiyongera kujya aba uwa nyuma.

    Ikibazo: Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze 

    gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Gashema arabahiga

    w

    Umunsi umwe, umwarimu yasabye Gashema gusimbuka urukiramende 
    biramunanira, abanyeshuri baramukwena. Bukeye ajya gusura sekuru 
    ku Musozi wa Rusozera ngo abimwigishe. 

    Gashema agezeyo, yasanze sekuru asekura amasaka y’amakoma 

    maze aramusuhuza. Yabwiye sekuru ko umwarimu we yamubwiye 
    gusimbuka urukiramende bikamunanira. Sekuru amufata ku rutugu 
    aramubwira ati: “Utabizi yicwa no kutabimenya.” Arakomeza 
    ati: “Ngiye gushinga uduti tubiri ntambikeho akandi nkwigishe 
    kurusimbuka.” 

    Yabimutoje gitore atamutoteza, maze Gashema abimenya bwangu 

    bitamugoye na gato. Amaze kubimenya asezera kuri sekuru, 
    aramushimira cyane amusezeranya kutazaba ikigwari. Akomeza 
    kwitoza gusimbuka urukiramende akabikora neza cyane. 

    Ikigo cyabo cyaje gutegura irushanwa mu mukino wo gusimbuka 

    urukiramende. Gashema ahiga bagenzi be bitangaza abanyeshuri 
    bose biganaga mu ishuri. Kuva ubwo, Gashema abera abandi urugero 
    mu gusimbuka urukiramende. Biramushimisha kuva ubwo, agahora 

    azirikana impanuro za sekuru.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Umwarimu yasabye Gashema gukora iki? 
    b) Gashema ageze kwa sekuru yasanze akora iki? 

    c) Sekuru yamutoje ate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni ukubera iki Gashema yahize abandi mu gusimbuka 
    urukiramende? 
    b) Wowe hari umukino ukunda gukina? Sobanura.

    c) Vuga ibintu bitatu by’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho.

    UTWATUZO

    Utwuguruzo n’utwugarizo « » / “ ”

    1. Itegereze interuro zikurikira maze werekane akamenyetso 

    kakoreshejwemo, uvuge aho kakoreshejwe

    Sekuru aramubwira ati: «Abatabizi bicwa no kutabimenya.»
    Arakomeza ati: «Ngiye gushinga uduti tubiri ntambikeho akandi 

    nkwigishe kurusimbuka.

    Menye ko:

    « » / “ ” Utu tumenyetso twitwa utwuguruzo n’utwugarizo
    - Ni utwatuzo dukoreshwa basubiramo amagambo yavuzwe n’undi.
    - Buri gihe tubanzirizwa n’utubago tubiri.
    - Ijambo rya mbere mu nteruro iri hagati yatwo ritangirwa n’inyuguti nkuru.


    Urugero: Umwarimu yarambajije ati: “Kuki wakerewe?”

    2. Umwitozo
    Shyira utwatuzo muri izi nteruro
    a) Yaramubajije ati: Ku ishuri mukina iyihe mikino 
    b) Umwarimu wacu ati: Mwitoze mushyizeho umwete kugira 

    ngo muzatsinde amarushanwa

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Kamana yifuzaga kumenya gusimbuka urukiramende.
    Asaba se ko yabimwigisha aramwemerera.
    Bukeye akajya amuhamagara akamwigisha uko barusimbuka. 
    Kamana arabimenya akajya arusimbuka neza.

    Mu marushanwa akajya yitwara neza.

    Ikibazo:
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, andika agakuru kawe 

    katarengeje interuro eshanu kavuga ku wundi mukino gakondo uzi.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Mahoro asigaye akora siporo

    z

    Kera Mahoro ntiyajyaga akora siporo n’imyidagaduro, ibyo bigatuma 
    ahora yigunze. Aho amariye gusobanukirwa akamaro kayo, yihaye 
    gahunda ihoraho yo kuyikora. 

    Buri munsi mu gitondo yihutira kubyuka maze agakaraba mu maso. 

    Agakurikizaho kuzenguruka inzu yo mu rugo inshuro icumi yiruka 
    ataruhuka. Iyo amaze kwiruka ananura amaboko n’amaguru 
    buhorobuhoro agenda agorora ingingo. Akaruhuka gato, agakaraba, 
    akambara, agatunganya aho yaraye akajya ku ishuri. 

    Mahoro ntagikererwa kujya ku ishuri kuko yimenyereje kugenda 

    yihuta cyane. Ubu ntakigira impumu nka mbere kubera imyitozo 
    ngororangingo asigaye akora. Mu ishuri akurikira amasomo neza kuko 
    aba yaruhutse mu mutwe.

    Bagenzi be baramubajije bati: “Ko kera wahoraga wigunze byagenze 

    bite?” Arabasubita ati: “Aho mariye kumenya akamaro ka siporo 
    nahise mpinduka.” Yahise abashishikariza kwitabira imikino, 

    barayitabira baza kuba intyoza muri siporo.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya amagambo:

    4

    a) Umunyeshuri yihaye ________ yo gusubiramo amasomo ye buri 
    munsi. 
    b) Kankindi iyo yihuse cyane agira ________.
    c) Umurisa ___________agahora avuga ko ibyo yize abirusha 
    bagenzi be bose.

    d) Uyu munsi ntiyakoze kuko_______ .

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iki cyatumaga Mahoro ahora yigunze ? 
    b) Mahoro amaze gusobanukirwa akamaro ka siporo yihaye iyihe 
    gahunda? 

    c) Muri siporo ni iyihe myitozo Mahoro yakoraga?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Wumva akamaro ka siporo Mahoro yarakabwiwe na nde? 
    b) Wakora iki kugira ngo abana muturanye cyangwa mwigana 
    bitabire siporo?
    c) Vuga nibura indwara ebyiri zishobora guterwa no kudakora 

    siporo? 

    UTWATUZO

    Shyira utwatuzo dukwiye muri aka gakuru.
    Umunyeshuri baramubajije bati ukina uwuhe mukino
    Umunyeshuri arasubiza ati nta mukino n’umwe nkina
    Baramubwira bati gukina ni ingirakamaro kuko bituma amagufwa 
    akomera

    Umunyeshuri yahise yitabira imikino ubu ni umukinnyi ukomeye

    KWANDIKA

    1. Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo

    yanshwanyagurije, kurumywa, ahombywa, inshywa.

    a) Uyu mucuruzi_________no gutanga amadeni.
    b) Iki gicuma kirimo ________ kigomba kozwa.
    c) Amahwa _________ ikanzu.

    d) Iki giseke kigomba ________ mbere yo kukikorera.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.
    Kariza yakundaga umukino wo gusimbuka umugozi.
    Yashaka umugozi asimbuka akawubura.
    Asaba nyina kuzawumugurira arabyemera.
    Bukeye amujyana mu isoko arawumugurira.
    Yarawumuhaye Kariza arishima cyane.

     Kuva ubwo akajya awusimbuka yishimye.

    Ikibazo: 

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umunsi udasanzwe

    t

    Hari hashize igihe abanyeshuri bitegura ibirori bisoza umwaka 
    w’amashuri abanza. Bari baritoje imikino ngororamubiri bayikinira 
    ababyeyi babo bari aho.

    Abari baritoje akarasisi batambukaga imbere y’ababyeyi babo 

    mu njyana imwe. Iyo bageraga imbere y’ababyeyi, barakebukaga 
    bakabapepera ibyo bikabashimisha cyane. Abitoje gusimbuka 
    urukiramende no kwiruka birengereye agaseke bararushanijwe maze 
    karahava! Mu babyinaga, abakobwa barashayayaga naho abahungu 
    bagahamiriza baca umugara. 

    Kamana na Kariza bo bitoje kurushanwa mu muco nyarwanda 

    basakuza. Mu gusakuza umwe agaterura, maze akabwira undi ati: 
    “Sakwesakwe.” Undi akamusubiza bwangu amureba mu maso ati: 
    “Soma.” Uwatangiye agakomeza asakuza, mugenzi we agahita yica 
    igisakuzo bigakomeza bityobityo. Uwo cyananiraga akavuga ngo: 
    “Ngicyo” ubwo mugenzi we akakica.

    Uwo munsi wagenze neza, umuyobozi w’ishuri arabashimira, 

    ababyeyi bataha banezerewe.

    2. Inyunguramagambo

    Kora interuro wifashishije amagambo akurikira: bwangu, 

    akarasisi, injyana, karahava.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni ibihe birori abanyeshuri bamaze iminsi bitegura? 
    b) Ni gute abakoraga akarasisi batambukaga? 

    c) Vuga nibura imikino gakondo uzi yavuzwe mu mwandiko. 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Iwanyu musakuza ryari? 
    b) Wumva ibisakuzo bimaze iki?
    c) Ni iki gishimisha ababyeyi banyu iyo baje mu minsi mikuru ku ishuri?

    IBISAKUZO
    1. Ongera usome aka gace k’inkuru wize maze utahure 

    uko umukino wo gusakuza ukorwa.

    Kamana na Kariza bo bitoje kurushanwa mu by’umuco nyarwanda 
    basakuzanya. Mu gusakuza umwe agaterura, maze akabwira undi 
    ati: “Sakwesakwe!” Undi na we akamusubiza bwangu amureba mu 
    maso ati: “Soma.” Uwatangiye agakomeza asakuza, mugenzi we 
    agahita yica igisakuzo bigakomeza bityobityo. Uwo cyananiraga 

    akavuga ngo: “Ngicyo” maze mugenzi we akakiyicira.

    Menye ko:

    - Ibisakuzo ari agakino ko gufindura ibivugwa.
    - Ako gakino gakinwa n’abantu babiri, umwe aravuga ati: 
    “Sakwesakwe.” Undi ati: “Soma.”

    Urugero: Sakwesakwe - Soma

    Sogokuru aryoha aboze: umuneke

    IMYITOZO

    Itegereze aya mashusho maze uyahuze n’ibisakuzo bikurikira.

    w

    KWANDIKA

    Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Gakunzi ntiyari azi gukina umukino wo kumasha.

    Akajya ahora yifuza kumenya uko bawukina.
    Asaba se kuwumwigisha arabyemera aramwigisha.
    Gakuru arabimenya akajya akina umukino wo kumasha.
    Mu marushanwa y’imikino gakondo akajya ahiga abandi.


    Ikibazo:

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma agakuru gakurikira.

    Yamenye kubuguza

    s

    Kera habayeho umukambwe Migambi agakunda kubuguza
    n’umuhungu we Minani. Igihe kimwe barabuguje, birangira umusaza 
    Migambi atsinze umuhungu we. Minani yabajije se uwamwigishije 
    kubuguza. Migambi yamubwiye ko ari Bakame w’i Bwishaza. Minani 
    arita mu gutwi, ati: «Ubu nange nabasha kubuguza nka Bakame?» Se 
    amubwira ko abishatse yanamurusha. 

    Minani yagiye kwa Bakame amarayo amezi atatu. Yagarutse iwabo 

    yarabaye ikirangirire mu gisoro. Aza aherekejwe n’abaturanyi ba 
    Bakame barimo intare umwami w’ishyamba. 

    Ageze iwabo yakinnye n’abasaza maze arabatsinda karahava! 

    Yogezwaga n’inyamaswa abantu bakamuha amashyi n’impundu. 
    Umukino urangiye, ifundi zamutereye ku bitugu, uduca turacuranga 
    n’imisambi irashayaya. 

    Nyuma yahawe igikombe cyamugize icyamamare hose. 

    Si nge wahera hahera umugani.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Migambi n’umwana we bakundaga gukora iki? 
    b) Ni iki Minani yabajije se barimo kubuguza?

    c) Se yamusubije iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ushatse kumenya gukina umukino runaka wabigenza ute? 
    b) Ubonye mugenzi wawe atazi gukina umukino wowe uwuzi 
    wamufasha iki? 

    c) Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?

    UMUGANI MUREMURE

    1. Ongera usome izi nteruro zavuye mu mwandiko maze uvuge 
    niba ibivugwamo bishoboka.

    a) Umusaza Migambi yakinaga igisoro n’urukwavu.

    b) Minani yigishijwe gukina umupira n’ingwe.

    Menye ko:

    Umugani muremure uba uvuga ibintu 
    bitabayeho kandi bitanashoboka. Umugani 
    utangizwa na kera habayeho ugasoza na si 
    nge wahera hahera...
    Urugero: 
          Kuvuga ibitarabayeho:
         - Kera inyamaswa zavugaga nk’abantu...
    Intangiriro:
         - Kera habayeho agakwavu kakundaga...
    Umusozo:
        - Si nge wahera hahera agakwavu...


    2. Umwitozo

    Cira bagenzi bawe umugani.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, huza amagambo ari mu tuzu 
    ukore interuro uyandike

    z

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Sekamana yababazwaga n’uko atazi gukina igisoro.
    Agahora yifuza kuzabimenya kandi cyane.
    Ajya kureba sekuru ngo abimwigishe.
    Asaba sekuru kubimwigisha arabimwemerera.

    Sekamana arabimenya akajya agikina na sekuru.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, himba akawe katarengeje 

    interuro eshanu kavuga ku wundi mukino gakondo uzi.

    Imyitozo
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umukinnyi Gapusi

    s

    Njangwe yiberaga mu cyaro, abwagura Gapusi na Nturo. Batangiye 
    guca akenge, bashimishwaga no gukina udukino gakondo nyina 
    yabigishije.

    Bagimbutse baratandukanye. Gapusi yagiye mu murwa, Nturo we 

    asigara mu cyaro. Gapusi yageze mu murwa asanga hateye imbere 
    kurusha mu cyaro.

    Gapusi ageze mu mugi, yakumbuye udukino gakondo yakinaga na 

    Nturo, bituma ajya gushaka abo bakina. Yasanze ba Gahuku bari 
    baturanye aho mu mugi bakina imikino yazanywe n’abanyamahanga 
    kubera iterambere. Muri yo harimo basiketi, voreboro, handiboro, 
    tenisi, pingipongo, biyari n’iyindi. Bamwigishije imwe muri iyo mikino 
    mvamahanga maze aba ikirangirire muri basiketi.

    Ntibyatinze, Gapusi n’ikipe ye begukana igikombe cya zahabu aba 

    n’umukinnyi mwiza muri basiketi. Ibyishimo byaramusaze, yiyemeza 
    kutabyihererana ajya kubisangiza umuvandimwe we Nturo. Bongeye 
    guhura barasabana ndetse Gapusi yigisha Nturo gukina imikino 

    mvamahanga.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo:

    s

    a) Abasore bamenya gukina neza iyo……………………
    b) Mu marushanwa iyo ikipe irushije izindi bayiha…………
    c) Kigali ni …………………………… Mukuru w’u Rwanda.

    d) Rugubi ni umwe mu mikino…………………………………

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko? 
    b) Gapusi na Nturo bamaze guca akenge bashimishwaga n’iki? 

    c) Vuga ine mu mikino mvamahanga Gapusi yasanze mu murwa.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Urumva ari iyihe mpamvu ituma mu murwa imikino 
    mvamahanga ihagera mbere yo mu cyaro? 

    b) Uramutse umenye gukina umukino mvamahanga wakora iki 

    kugira ngo wamamare aho utuye?

    c) Ese imikino mvamahanga ishobora guhindura ubuzima 

    bw’uyikina by’umwuga? Mukore ikiganiro musobanure 

    ibisubizo byanyu.

    IBISAKUZO
    Sakwesakwe!

    Soma.

    a) Nshinze umwe ndasakara.
    b) Tuvuyemo umwe ntitwarya.
    c) Nicaye iwacu nzenguruka isi yose.
    d) Sogokuru aryoha aboze.
    e) Nyiramakangaza ngo mutahe.

    f) Icwende ryange ribaye kure mba ngukoreyemo.

    KWANDIKA

    1. Huza ibice by’amagambo ukore amagambo uyandike 

    mu mukono.

    r

    2. Andika agakuru k’imirongo itanu kavuga kuri iyi 

    ngingo ikurikira.

    “Umukino wo gusiganwa ku magare.”
    (Uko bawukina, akamaro ka wo, umukinnyi ukunda mu mukino w’amagare)

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Ibe intego ya twese 

    g

    e

    r

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro amagambo 

    akurikira.

    v

    a) Kabatesi yakijijwe n’ubuhanzi yakomoye kuri sekuru.
    b) Wirinde gukora imirimo myinshi itagutera umunaniro 
    ukananirwa kubyuka.
    c) Kwiga ni igikorwa kiza mu buzima

    d) Umwana ati: “Munshyigikire twamamaze ibyiza by’imikino.”

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande babwirwa by’umwihariko? 
    b) Ni ayahe moko y’imikino yavuzwe kuba ingenzi? 

    c) Vuga nibura imimaro ibiri y’imikino ivugwa mu mwandiko.

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Uwakugira umukinnyi w’umwuga wumva wamarira iki 
    bagenzi bawe? 

    b) Kuki wumva siporo wayigira intego? 


    c) Nyuma yo gusoma uyu mwandiko, abadakora siporo 

    wabagira iyihe nama?

    UMUVUGO

    Ongera usome aka gace k’umwandiko “Ibe intego ya twese

    maze uvuge uko gasomeka.

    Ririmba siporo
    Uyiratire abandi
    Ubwo ikundwe ibavure
    Ubusaza buhunge

    Iryo toto rigwire.

    Menye ko:

    Umuvugo ni umwandiko uryoheye amatwi. Imirongo 

    yawo iba igizwe n’amagambo make kandi afite injyana.

    Umwitozo:
    Fata mu mutwe umuvugo “Ibe intego ya twese” uzawuvugire 

    imbere ya bagenzi bawe.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike

    3

    2. Tondeka neza izi nteruro zigize agakuru, usubize ikibazo kiri hasi.

    Gasore aramwemerera atangira kurimwigisha.
    Umunsi umwe, abona Gasore aritwaye aramuhagarika.
    Mahoro ntiyari azi gutwara igare.
    Amwereka uko bayobora neza amahembe.

    Ikibazo:
    Andika irindi herezo riboneye ry’agakuru umaze 

    gutondeka interuro zako.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    t

    Kera inzovu yibwiraga ko ari yo ihiga izindi mu kwiruka. Umunsi 
    umwe, izamura umutonzi wayo ibivuga cyane zose ziyumvira 
    icyarimwe. Ibibiribiri bibiri biri mu murima wa Mubirigi bibyumvise 
    birakwenkwenuka karahava. 

    Hashize akanya bivugira hamwe biti: “Yooo! Utazi ubwenge ashima 

    ubwe.” Inzovu ibyumvise ishaka kubyirukankana, biraguruka bijya 
    kubibwira intare umwami w’ishyamba. Bigeze ibwami bitekerereza 
    umwami w’ishyamba uko inzovu ihora yiyemera

    Nuko umwami w’ishyamba ategura irushanwa ryo gusiganwa mu 

    kwiruka. Atumaho inyamaswa zose ngo zizaze kwitabira iryo 
    rushanwa. Muri izo nyamaswa harimo ingeragere yari izi kwiruka 
    ariko ikituriza. Intare izituma ubwoya bw’imbogo ishishe yarishaga 
    imboga imbere y’ingoro y’umwami. Zihita zitangira gusiganwa, 
    ingeragere iriruka cyane aba ari yo ibuzana. Inzovu yabaye iya 
    nyuma, ntiyongera kwigamba ukundi ku zindi nyamaswa.


    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    1

    a) Ingeragere irusha izindi mu kwiruka.
    b) Ibikeri byitegereje uko inzovu yiruka biraseka cyane.
    c) Bakame yahoraga yirata ku kanyamasyo ngo ikarusha 
    kwiruka.

    d) Inyamaswa yiruka cyane ni yo yazanye ubwoya bw’imbogo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni iyihe nyamaswa yiyemeraga?
    b) Ibibiribiri bibiri byari mu murima wa nde?

    c) Inyamaswa yahize izindi mu irushanwa ni iyihe?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki wavuga ku miyoborere y’intare umwami w’ishyamba?
    b) Utekereza ko inzovu imaze gusigwa mu irushanwa 
    yabigenje ite? 

    c) Ubaye uwa nyuma mu irushanwa wabigenza ute?

    AMAGORANE

    Ongera usome wihuta iyi nteruro yavuye mu mwandiko, maze 
    ugerageze gutahura ingorane uhura na zo mu mivugirwe yazo.


    Ibibiribiri bibiri biri mu murima wa Mubirigi.

    Menye ko:

    Amagorane ari amajwi ajya gusa agenda 
    agaruka ku buryo kuyanga wihuta bigorana

    Urugero: 

    Umusatsi usutse umusereko urushya isokoza.

    Umwitozo:

    Soma wihuta amagorane akurikira

    2

    6. Kwandika

    Soma aka gakuru usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Gatama yifuzaga kuba umukinnyi wa ruhago.
    Asaba se kumugurira umupira wo gukina.
    Se arawumugurira akajya yitoza buri munsi.
    Amenya gukina akajya atsindira ikigo ke ibitego byinshi.
    Abanyeshuri bakajya bamwita umukinnyi ukomeye.


    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, himba akawe nturenze 

    interuro eshatu ku wundi mukino uzi.

    Imyitozo

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Bakame n’abana

    w

    Habayeho abana bavaga inda imwe. Bagiraga ubunebwe, bajya 
    gutashya bagatindayo. Ibyo byababazaga ababyeyi babo. 
    Ntibahwemaga kubasaba kujya batebuka

    Umunsi umwe, baganiraga ku mpamvu bababazaga ababyeyi babo, 

    Bakame irabumva. Irabegera ibabwira ko ifite umuti watuma 
    batazongera gutinda mu nzira. Irababwira iti: “Mutinda mu nzira 
    kubera ko ingingo zanyu zitagororotse.” Itangira kubereka uko 
    bagorora ingingo basimbuka urukiramende, bagenda makeri
    baniruka. Yabasobanuriye ko ibyo nibabikora kenshi bazagororoka 
    ingingo bakajya bagenda bihuta.

    Bakame irababaza iti: “Ko nge ntazi kuvuga vuba mwamarira iki?” 

    Bayisaba gusubiramo ngo: “Ta izo njyo uze urye izi inzuzi.” Bagiye 
    bayisubirishamo n’andi magorane menshi nuko itangira kuvuga vuba 
    ityo.

    Abana bubahirije inama za Bakame maze ntibongera kwibabariza 

    ababyeyi ukundi.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro amagambo 

    akurikira.

    m

    a) Mukiza na Muhire nyina yabasabye ko bajya babanguka
    kugira ngo badakererwa ishuri.
    b) Siporo ni nziza kuko idufasha kugorora ibice bigize umubiri.
    c) Ejo nabonye abana bagenda basutamye basimbagurika.

    d) Kera abantu bakundaga gushaka inkwi mu ishyamba.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa ko bajyaga gutashya bagatindayo? 
    b) Ababyeyi babo babasabaga iki?

    c) Ni uwuhe muti bahawe ngo bage batebuka?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Iyo uba umwe muri bariya bana wari gukorera iki Bakame? 
    b) Urumva siporo ifite akahe kamaro? 

    c) Kuki ari ngombwa kwitabira imikino n’imyidagaduro?

    AMAGORANE

    Andika igorane wafashe mu mutwe, nurangiza uribwire 

    bagenzi bawe.

    KWANDIKA

    1. Tondeka amagambo neza ukore interuro 

    yumvikana uyandike mu mukono.

    a) mpita - injangwe - mpunga - yanshwaratuye
    b) ashobora - Senshywa - n’ - guhumywa - indwara

    c) siporo - kwigunga - barembywa - abadakora - no

    2. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    e

    Urugero: Twaratsinzwe kubera ko tutitoje neza.

    3. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo kiri hasi yako.

    Umurenge watangaje ko uzakoresha irushanwa mu guhamiriza. 
    Mucyo abyumvise asaba bagenzi be babanaga mu itorero 
    kwitoza. Baramwemerera bakajya bitoza buri munsi bashyizeho 
    umwete. 
    Umunsi w’irushanwa ugeze bararyitabira bose. Bitwaye neza 
    itorero ryabo riba ari ryo ryegukana igihembo.

    Ikibazo: 

    Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze gusoma.

    Isuzuma risoza umutwe wa gatandatu

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Tuyitabire ifite akamaro

    q

    Mu buzima bwacu tugira imikino n’imyidagaduro gakondo na 
    mvamahanga itandukanye. Mu mikino gakondo habamo urukiramende, 
    kwihishana, agati, ubute, igisoro n’iyindi. Hari n’imikino mvamahanga 
    nko gusiganwa ku magare, amapikipiki, amamodoka n’iyindi.

    Imikino ifasha umuntu mu buzima bwite no mu mibanire n’abandi. 

    Uretse kuba ituma umubiri ugororoka, inacyaha indwara zimwe na 
    zimwe. Muri izo ndwara twavuga nk’umuvuduko w’amaraso, indwara 
    y’umutima, diyabete n’izindi. Iyo umuntu yakoze imirimo ivunanye 
    imufasha kuruhura ubwonko, agatekereza neza.

    Imikino n’imyidagaduro kandi yagura ubusabane, ubucuti no 

    gushyikirana mu mibanire y’abantu. Abantu bagiranye amakimbirane 
    cyangwa intonganya, imikino ibabera ihuriro bakunga ubumwe
    Abakinnyi b’umwuga bo banabona amaronko, bakaba abaherwe bo 
    n’imiryango yabo.

    Kubera kandi kwitabira amarushanwa atandukanye, inatuma 

    bamenya ibihugu byinshi by’amahanga. Ni byiza ko twitabira imikino 
    n’imyidagaduro itandukanye kubera akamaro idufitiye.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo.
    e

    a) Ni byiza gukora siporo kuko ituma umubiri ………. neza.
    b) Kugira …………… ni byiza mu buzima.
    c) Abacuruzi bose si ……………………….

    d) Ntiwabona ……………….. utakoze.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Imikino yavuzwe mu mwandiko ituma ingingo z’umubiri wacu 
    zimera zite?
    b) Ni iki siporo ifasha umuntu wakoze imirimo ivunanye? 
    c) Vuga indwara eshatu umuntu udakora siporo ashobora 

    kurwara?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Uratekereza ko abakinnyi babigize umwuga baba abaherwe 
    biturutse ku ki? 
    b) Ku myaka yawe urumva kwitabira imikino byakumarira iki? 
    c) Ubonye bagenzi bawe batera amahane mu mukino 

    wabamarira iki?

    UTWATUZO

    Andika izi nteruro ushyiramo utwatuzo n’inyuguti nkuru 

    aho bikwiye.

    a) ku ishuri dukina umupira w’amaguru voreboro basiketi n’indi mikino
    b) natsinze igitego abantu baratangara bati: yooo mbega umwana uzi gukina
    c) umwarimu yarambajije ati: ufana iyihe kipe y’umupira w’amaguru
    d) kubuguza gukirana no gusimbuka urukiramende yari imwe mu 

    mikino gakondo

    IMIGANI

    Uhereye ku migani wasomye cyangwa waciriwe n’abo mubana 

    subiza ibibazo bikurikira:

    a) Umugani utangira ute?
    b) Usoza ute?

    c) Ibivugwamo biba bimeze bite?

    UMUVUGO

    Ukurikije imiterere y’umuvugo “Ibe intego ya twese”, usanga 

    umuvugo urangwa n’iki?

    KWANDIKA

    1) Andika agakuru gakurikira, ushyiremo utwatuzo 

    n’inyuguti nkuru aho bikwiye

    umukecuru kabanyana yari intyoza mu kubyina
    abuzukuru be bamusaba kubibigisha kuko babikundaga
    yarabyemeye nimugoroba akajya abibigisha
    hashize iminsi abana barabimenya neza
    mu bitaramo bakajya batumirwa bagasusurutsa abashyitsi

    2) Andika irindi herezo rifitanye isano n’agakuru umaze 

    gusoma.

    UMWANDIKO

    Soma umwandiko ukurikira.

    Mucyo n’abuzukuru be

    d

    Kera habayeho umusaza witwaga Mucyo wari icyamamare mu gusama 
    intobo. Amaze gusaza yigira inama ikomeye yo kubyigisha abuzukuru
    be batatu. 

    Umunsi umwe, arabahamagara bose kugira ngo abigishe umukino wo 

    gusama intobo. Yarabanje abaha amagambo basubiramo kugira ngo 
    arebe ufata vuba cyane. Yarababwiye ngo bavuge bati: “Isha y’umushi 
    y’ishashi ishotse icitse ijosi.” Abahungu bombi bananiwe gusubiramo 
    ayo magambo, mushiki wabo Kabatesi ayasubiramo adategwa. 
    Sekuru abigisha no gusama intobo nanone Kabatesi arabarusha. 
    Ntibyamutunguye kuko no mu kubigisha gusakuza yari yabahize. 

    Sekuru yamugiriye ikizere, amusaba kuzajya akoresha abandi imyitozo 

    buri munsi. Yakomeje kubakoresha imyitozo, bagera igihe bamenya 
    gusama intobo neza nka we. Mu gihugu hose Kabatesi na basaza be 
    baramamaye mu gusama intobo.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo.
    3
    a) Nyirarukundo ni …………… mu mukino wo kwiruka.
    b) Segakunzi akunda gucira ……………..be imigani.
    c) Iyo ushaka …………..mu mukino runaka uwitoza ukiri muto.

    d) Aba bana bari gukina umukino wo……………….

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko
    a) Ni ryari Mucyo yigishije abuzukuru be gusama intobo?
    b) Kubera iki Mucyo yahaye abuzukuru be amagambo 
    basubiramo? 
    c) Kuki basaza ba Kabatesi bamutangariraga?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni akahe kamaro ko gukina imikino gakondo? 

    b) Wumva wakora iki kugira ngo umenye gukina imikino gakondo? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki mu buzima busanzwe?

    IBISAKUZO, UTURINGUSHYO N’AMAGORANE

    e

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    q

    Urugero: Twitoje neza kugira ngo tuzatsinde umukino.
    2. Andika agakuru k’imirongo itanu kavuga kuri iyi 
    ngingo ikurikira.
    “Umukino w’umupira w’amaguru
    (Humvikanemo uko bawukina, akamaro kawo, umukinnyi 
    ukunda mu mukino w’umupira w’amaguru)

    Umutwe wa gatanu :Umuco w’amahoroUmutwe wa karindwi :Gukunda umurimo