• Umutwe wa gatanu :Umuco w’amahoro

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Kamariza na bagenzi be

    a

    Kera Kamariza, Murebwayire na Ncyuyimihigo bajyanaga ku 
    iriba ntibasigane. Umunsi umwe, Kamariza yapfunyitse impamba
    ayimaho bagenzi be. Baramwinginga cyane ngo abaheho 
    arabashwishuriza, maze baramurakarira.

    Bamaze kuvoma bikorera utubindi twabo nuko bashyira nzira 

    barataha. Mu nzira, Kamariza akoze ku ijosi yumva yataye akanigi 
    ke. Abwira bagenzi be ngo bamuherekeze bage kugashaka, na bo 
    baramwangira. Murebwayire na Ncyuyimihigo baramucyurira ngo 
    ntibamufasha kandi ari igisambo. Kamariza yibutse ko yabimye, 
    agira intimba arabinginga, abasaba imbabazi. Murebwayire na 
    Ncyuyimihigo baramubabarira kuko yazibasabye abikuye ku 
    mutima. Bamaze kwiyunga baramuherekeza nuko bajya gushaka ka 
    kanigi ke.

    Bamaze kukabona, Kamariza arishima cyane, abashimira ubufasha 

    bamuhaye. Kuva ubwo, Kamariza ntiyongera gukora icyamuteranya 

    na bagenzi be.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko? 
    b) Ni iki cyatumye bagenzi ba Kamariza banga kumuherekeza 
    ngo bage gushaka akanigi ke?

    c) Kubera iki Kamariza yagize intimba?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Uramutse ukoshereje mugenzi wawe wakora iki? 
    b) Ikibazo Kamariza na bagenzi be bari bafitanye cyakemutse gite? 

    c) Ni iki wakwigira kuri Kamariza na bagenzi be?

    KUBARA INKURU

    Soma agakuru gakurikira utahure uko katangiye, uko 
    kakomeje n’uko karangiye.

    Umunsi umwe, Mugeni na Kankindi batoye akanigi. Batangira 

    kugakurura buri wese akita ake. Akanigi gacikamo kabiri.
    Amasaro yako aranyanyagira. Babona ko bapfaga ubusa. 

    Basabana imbabazi barababarirana.

    Menye ko:Ubara inkuru agira uko ayitangira, uko ayikomeza 
                           n’uko ayisoza. Inkuru iba igizwe n’intangiriro, igihimba 

                          (ipfundo) n’umusozo (iherezo).

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza ibice by’amagambo 

    maze ukore ijambo uryandike unoza umukono.

    e

    2. Tondeka neza izi nteruro wandike agakuru unoza umukono.

    Akanigi gacikamo kabiri.
    Amasaro yako aranyanyagira.
    Babona ko bapfaga ubusa.
    Batangira kugakurura buri wese akita ake.
    Basabana imbabazi barababarirana.

    Mugeni na Kankindi batoye akanigi.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Warupyisi na Bakame

    e

    Kera Bakame yakundaga kuryarya Warupyisi, ibyo 
    amusezeranyije byose ntabikore. Umunsi umwe, abwira 
    Warupyisi ngo azaze iwe basangire ikimasa. 

    Bukeye Warupyisi aritegura abwira umugore we n’abana ngo 

    bajyane kwa Bakame. Nuko baragenda bageze kwa Bakame 
    baravunyisha babura n’inyoni itamba. Babonye ntawubikirije, 
    bafata umwanzuro wo gusubira mu rugo. 

    Hashize iminsi, hagwa imvura idasanzwe yangiza inzu ya Bakame.

    Inkuru ibabaje igera kuri Warupyisi ko imvura yasenyeye 
    Bakame. Warupyisi yirengagiza uburyarya bwa Bakame maze 
    ajya kumuha umuganda. Yajyanye na bagenzi be nuko basanira 
    Bakame inzu arishima. 

    Bamaze kuyimusanira, Bakame yegera Warupyisi araturika 

    ararira bose baratangara. Bakame ahita asaba Warupyisi 
    imbabazi, amubwira ko atazongera kumuryarya. Warupyisi 

    aramubabarira amubwira ko inabi ititurwa indi.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo:

    r

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni iki Bakame yabeshye Warupyisi? 
    b) Ni ikihe kibazo cyavutse kwa Bakame? 

    c) Ni ikihe kintu kiza Warupyisi yakoreye Bakame?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Utekereza ko ari iki cyatumye Bakame asaba Warupyisi imbabazi? 
    b) Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko ? 
    c) Vuga nibura ingingo ebyiri z’ingenzi uyu mwandiko wibanzeho? 

    KWANDIKA
    Soma aka gakuru maze uhuze buri nteruro n’igice 

    k’inkuru ibarizwamo

    a

    Imyitozo
    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Bakame na Ruhaya

    4

    Kera Bakame na Ruhaya bari inshuti magara basangira byose. 
    Umunsi umwe, bigira inama yo guhinga ngo biteze imbere. 
    Bagirana amasezerano yo gufatanya no gukorera hamwe muri 
    byose. 

    Bahinze umurima mugari bateramo imbuto z’amatunda. 

    Barazibagara, bashyiramo ifumbire, barazisasira zikura zimeze 
    neza. Basezerana ko igihe cyo gusarura nikigera bazajya bajyana 
    gusarura. Nta wari wemerewe gusarura ayo matunda wenyine 
    undi adahari. 

    Igihe cyo gusarura kigeze, Bakame agira ishyushyu ajya 

    gusarura wenyine. Ruhaya agiye gusura Bakame asangayo 
    igitebo cy’amatunda ahishije neza. Ruhaya akubitwa n’inkuba
    nuko abaza Bakame impamvu yamuhemukiye atyo. Bakame 

    abura aho akwirwa aramanjirwa yinginga Ruhaya barayagabana. 

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza interuro ukoresheje amagambo akurikira.

    s

    a) Gapusi .............. ryo gushaka kurya abandi bataraza.
    b) Bamubwiye ko yatsinzwe .......................
    c) Abagiranye ………………barayubahiriza.

    d) ..................... ntizijya zihemukirana.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko?
    b) Ni iki Bakame na Ruhaya biyemeje gukora?
    c) Ni nde utarubahirije amasezerano?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko

    a) Ni iki unenga Bakame ? 
    b) Ni izihe ngingo zigaragaza imibanire myiza ziri mu mwandiko ? 
    c) Shaka ubundi buryo ikibazo cya Ruhaya na Bakame cyari gukemukamo ?

    KWANDIKA
    1. Huza ibice by’amagambo maze ukore ijambo uryandike.
    c
    2. Soma aka gakuru maze uhuze buri nteruro n’igice k’inkuru ibarizwamo
    d

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umukecuru n’agasamunyiga

    m

    Kera habayeho agasamunyiga k’agahemu kiberaga mu 
    ishyamba rya Muyunzwe. Kari karajujubije abagenzi bacaga 
    muri iryo shyamba kabambura utwabo. Abagenzi bari barabuze 
    amahwemo.

    Umunsi umwe, ka gasamunyiga karabyutse maze kajya gutega 

    abagenzi. Karagenda kikinga inyuma y’igihuru aho kari gasanzwe 
    gategera abagenzi. Ako kanya, hatunguka umukecuru Nyiramana 
    wikoreye agatebo kuzuye imineke. Ka gasamunyiga kamubonye 
    yikoreye agatebo k’imineke gatangira kwisetsa cyane. 

    Muri ako kanya umukecuru
    ashya ubwoba yibaza uko agacika. 
    Mu gihe akibaza uko abigenza, hirya gato hatunguka umuhari. 
    Umuhari witegereje uko agasamunyiga katitije umukecuru, 
    urakavudukana amaguru kayabangira ingata. Biba iby’ubusa 
    umuhari uragafata ukagarura imbere ya wa mukecuru. 
    Karapfukama gasaba imbabazi ko katazongera kwambura abantu, 

    karekera aho kujya gasagarira abagenzi.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    s

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Agasamunyiga kabaga he?
    b) Kari karajujubije abagenzi gate ? 

    c) Ni iki cyakijije umukecuru?

    4.Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Kuki agasamunyiga kisubiyeho ntikongere gusagarira abagenzi ? 
    b) Uhuye n’umuntu akagusagarira wabigenza ute? 

    c) Utekereza ko uriya mukecuru yakoreye iki umuhari?

    INYUGUTI NKURU

    1. Soma interuro zikurikira, witegereze ahantu hakoreshejwe 

    inyuguti nkuru, uvuge itandukaniro ryaho.

    a) Agasamunyiga kabaga mu ishyamba rya Muyunzwe. 
    b) Ako kanya hatunguka umukecuru Nyiramana yikoreye igitebo.

    Menye ko:   

    Inyuguti nkuru itangira interuro, ikanatangira amazina 
    bwite y’abantu n’ay’ahantu.
    Ingero: Yooo! Agasamunyiga katitije Nyiramana.

     Bari batuye i Kigali

    2. Umwitozo

    Kosora agakuru gakurikira ushyira inyuguti nkuru aho 

    zigomba kujya.

    umunsi umwe, ncyuyishyo yavaga i gahini kwiga. ageze mu 
    nzira ahura n’intama ya benegusenga. dore ngo aragira 
    ubwoba! si ukwiruka afumyamo! ese yaba yaraketse ko ari 
    imbwa? ako kanya semfwati aba arahageze amubwira ko 

    intama itaryana.

    KWANDIKA

    Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Kamanzi asaba Kamari imbabazi aramubabarira.
    Bareka gukina agapira batangira gushwana. 
    Kamari na kamanzi bakinaga agapira.
    Umwarimu wabo ababonye arabakiza.

    Kamanzi akinira nabi Kamari biramubabaza.

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira

    Ntama na Nyambo

    w

    Umunsi umwe, Nyambo yari yicaranye na Ntama munsi y’igiti, 
    baganiraga bahuje urugwiro. Buri wese yari yishimiye undi, 
    bamwenyura cyane. Biza kugera aho Nyambo abwira Ntama 
    ko afite uduhembe duto. Ntama amusubiza yitonze ko kugira 
    amahembe maremare atari bwo butwari. 

    Nuko batangira
    gucyocyorana cyane ibyari ibyishimo bihinduka 
    intonganya karahava. Hashize akanya, Nyambo akaraga ihembe 
    cyane ngo aritere Ntama. Ihembe ntiryamufata, ryishinga 
    mu butaka Nyambo ananirwa kurivanamo. Nyambo atangira 
    gutakambira Ntama cyane amusaba ko yamufasha kurivanamo. 
    Ntama yirengagiza ko batonganaga amufasha kurivana mu 
    butaka bwangu. 

    Ihembe rivuyemo, Nyambo
    aca bugufi yegera Ntama amusaba 
    imbabazi. Basanga bapfaga ubusa Ntama aramubabarira. Kuva 

    ubwo Ntama na Nyambo ntibarongera gutongana babana neza.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo.

    e

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ntama na Nyambo bari bicaye he?
    b) Ni iki Ntama yabwiye Nyambo kikamurakaza?
    c) Ihembe rya Nyambo rimaze kwishinga mu butaka, Ntama yakoze iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ukeka ko intonganya hagati ya Nyambo na Ntama zatewe n’iki?
    b) Utekereza ko ari iki cyatumye Nyambo asaba Ntama imbabazi?

    c) Mugenzi wawe ahuye n’ibyago wamumarira iki?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, shaka mu kinyatuzu amagambo 
    ashingiye ku muco w’amahoro ajyanye n’aya mashusho, maze uyandike.
    w
    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiraho.
    Kanyana ni inshuti ya Gasaro.
    Ntibajya basigana ku ishuri. 

    Bakunda kwigira hamwe.

    Ikibazo: Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 
    kagizwe n’interuro eshatu ku ngingo yo kwimakaza imibanire 

    myiza n’abandi.

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kampire na bagenzi be

    4

    Kera habayeho umwana witwaga Kampire, agakunda gushyamirana cyane 
    n’abandi. Igihe kimwe, arimo gukina n’abanyeshuri bagenzi be, Manzi 
    amusitaraho. 

    Kampire ahita atonganya Manzi maze amubwira ko abikoze nkana

    Ariko Manzi akomeza kumusaba kureka intonganya kuko yamusitayeho 
    atabishaka. Kampire yanze kumubabarira akomeza kumutonganya ndetse 
    ashaka kumukubita.

    Abandi banyeshuri babibonye, bahagarika imikino yabo, baza kubakiranura. 

    Babwira Kampire ko gushyamirana ari intandaro y’amakimbirane mu 
    bantu. Banamubwira ko guhora atonganya abandi atari umuco ugomba 
    kumuranga. Muri ako kanya, umwarimu yumva basakuza, aza kureba 
    ikibaye. Ahageze ababaza impamvu basakuza cyane, abanyeshuri 
    bamusobanurira uko byagenze.

    Nuko umwarimu wabo arabunga anababwira ko bagomba kwirinda 

    ubushyamirane. Kampire yumva impanuro, ababarira Manzi aniyemeza 
    kutazongera gushyamirana n’abandi.

    2. Inyunguramagambo
    Uzuza interuro zatanzwe ukoresheje amagambo akurikira.

    q

    a) Tuge twirinda gukosereza bagenzi bacu ……………
    b) ………………… byatuma tutabana mu mahoro.
    c) Yumvise ..................... z’umubyeyi.

    d) Muneza na Kabirigi bagiranye ……………… baza kwiyunga.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni nde wavuzwe mu mwandiko wakundaga gushyamirana n’abandi?
    b) Kampire atonganya Manzi byari bigenze bite?

    c) Umwarimu amaze kunga Kampire na Manzi yababwiye iki?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Iyo aza kuba wowe Manzi yasitayeho atabishaka, wari gukora iki? 
    b) Ni iki washima Kampire? 
    c) Nyuma yo gusoma uyu mwandoko urumva igihe ukina n’abandi uzajya
    wirinda iki?

    INYUGUTI NKURU

    Kosora interuro zikurikira ukoresha uko bikwiye inyuguti nkuru.
    a) uyu munsi yohani yansabye imbabazi ndazimuha.
    b) yebaba wee! ngeze i murambi pe!

    KWANDIKA
    1. Tondeka iyi migemo wandike ijambo.
    A

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikira.

    Inzu ya Bakame yasenywe n’isuri.
    Umuhari uyiha umuganda wo kuyisana.

    Bakame yongera kubona aho iba ishimira umuhari.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 
    kagizwe n’interuro eshatu ku ngingo yo kwimakaza 

    imibanire myiza.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Imbata n’inkokokazi

    r

    Kera imbata n’inkokokazi byabanaga neza mu mahoro. Umubano 
    wabyo wari intangarugero ku yandi matungo yose byabanaga. 

    Umunsi umwe, imbata yagiye koga mu ruzi maze irarohama. Andi 

    matungo abibonye abimenyesha inkokokazi, ya nshuti magara 
    y’imbata. Nuko inkokokazi ihita itangira gushakisha uko yarohora 
    imbata. Yayirohoye yarembye, yanegekaye, yiyemeza kuyiraririra
    amagi hamwe n’ayayo. Imbata yari yarateye amagi atandatu, 
    inkokokazi yarateye ane. Inkokokazi yabonaga bitazayorohera 
    kuyararirira hamwe yose, ariko ntiyacika intege. Igihe kigeze 
    irayaturaga maze udushwi twose iturerera hamwe. Yaradutoreraga, 
    ikatubundikira, kugeza igihe imbata ikiriye. 

    Ya mishwi yose yarakuze igirana igihango cyo kutazigera 

    ihemukirana. Ni yo mpamvu n’ubu inkokokazi ituraga amagi 

    y’imbata ikanayirerera imishwi.

    2. Inyunguramagambo

    Amagambo aciyeho akarongo mu nteruro yasimbuze ayo bivuga 

    kimwe muri aya magambo akurikira.

    s

    a) Iyo inkware imaze gutera amagi yihutira kuyabundikira ngo azavemo udushwi.
    b) Inkoko yacu yarariye amagi ikuramo udushwi.
    c) Bagiranye amasezerano ko bagomba gukomeza kubana mu mahoro badahemukirana.

    d) Imbata yagiye koga mu kiyaga igwamo.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni ayahe matungo yavuzwe mu mwandiko? 
    b) Ni iki cyavuzwe mu mwandiko inkokokazi yihanganiye? 

    c) Imishwi yose imaze gukura yagiranye ikihe gihango? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima inkokokazi? 
    b) Kuki inkokokazi yiyemeje kurarira amagi y’imbata? 
    c) Erekana ko muri uyu mwandiko hagaragaramo umuco wo gutabarana.

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, curukura aya magambo maze wandike interuro
    ubonye mu mukono.

    Urugero:

    ni  -wese  -buri  –ingirakamaro - Kubaha

    Kubaha buri wese ni ingirakamaro

    a) twakoshereje -Ni-imbabazi-ngombwa-abo-gusaba.
    b) ni -Gusaba -kuzitanga- ingirakamaro -imbabazi -no.
    c) twirinda –Tuge- intonganya -gihe -buri.
    d) bigaragaza -myiza -Gusurana -imibanire.

    e) byiza –Ni- gutabarana.

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye ukandike.
    Asubiye ku ishuri agakina na bagenzi be.
    Kamana ageze iwabo arakaboha.
    Bose bamushimira ko ari umwana mwiza.
    Basaba Kamana kukaboha kuko yari abizi.
    Abanyeshuri babuze agapira ko gukina.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Magirirane na Mahoro

    4

    Magirirane yakundaga gukubaganira abandi bana mu ishuri. Bose 
    bamuhaga akato ngo atabakubita. Ntiyitaga ku masomo kuko igihe 
    kinini yiberaga mu mpaka za ngo turwane.

    Umunsi umwe, umwarimu yamubajije ikibazo kiramunanira maze 

    Mahoro aragisubiza. Nuko atangira kwibaza impamvu ahora 
    atsindwa kandi abandi batsinda. Magirirane abaza Mahoro igituma 
    we azi gusubiza neza. Mahoro amubwira ko adakubaganye, 
    agakurikira umwarimu yigisha, yamenya gusubiza. Magirirane 
    yumva inama za Mahoro yiyemeza kuzubahiriza. Kuva ubwo 
    atangira kujya asubiza neza bituma aba umuhanga. Ndetse aza mu 
    myanya ya mbere abikesheje izo nama. 

    Ku munsi w’amanota, Magirirane yasabye imbabazi bagenzi 

    be yiyoroheje. Abasezeranya ko atazongera kubakubaganira, 

    anashimira Mahoro inama nziza yamugiriye.

    2. Inyunguramagambo

    Amagambo aciyeho akarongo ari mu nteruro yasimbuze 

    ayo bivuga kimwe muri aya akurikira.

    w

    a) Baramuhezaga kubera ko bakekaga ko arwaye igituntu.
    b) Yabonye amanota meza kubera umuhate yagiraga.
    c) Kankindi yasuzuguraga inama za mwarimu.

    d) Ni byiza gukurikiza inama tugirwa mu ishuri.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Kuki abandi bana bahaga Magirirane akato? 
    b) Mahoro asubije neza ikibazo Magirirane yakoze iki? 

    c) Mahoro yabigenje ate Magirirane amaze kumubaza?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Utekereza ko Magirirane yatsinze neza kubera iki?
    b) Ni iki cyatumye Magirirane asaba bagenzi be imbabazi?

    c) Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike.

    d

    Urugero: Umunyeshuri ufasha abandi aba ari umuhanga.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikira.
    Rukundo yakinaga na Kamari.
    Kamari amukinira nabi Rukundo arababara.

    Kamari amusaba imbabazi Rukundo aramubabarira.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe katarengeje interuro eshatu.

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.

    Intama n’ingurube

    d

    Kera ingurube n’intama byari bituranye, bisangira, bigasukirana, 
    bikanatabarana. Bukeye ingurube yadukana ubusambo, ikajya 
    yima intama, ikanayibira ubwatsi. 

    Intama ibibonye irayegera, iyigira inama yo kureka ingeso 

    yadukanye. Ariko ingurube ikomeza kwica amatwi, isuzugura 
    intama yigira indakoreka. Nyamara nyamwanga kumva ntiyanze 
    no kubona, ingurube yaribye ntibyayihira. Yibaga ibijumba, 
    yikanze nyiri umurima iriruka, igwa mu mwobo. Ingurube 
    irabwejagura, intama yumvise urusaku iza kureba ikibaye. 
    Ihageze isanga ingurube yaguye mu mwobo murerure yavunitse 
    ukuguru. 

    Intama ibonye akababaro k’ingurube, iyigirira impuhwe, 

    iyikuramo irayisindagiza birataha. Yayitagaho, ikayiganiriza 
    neza, ikayishakira amazi ashyushye, ikayikarabya, ikanayikanda. 

    Ingurube imaze gukira yibuka uko yasuzuguye inama z’intama 

    iricuza. Iyisaba imbabazi ikomeje, intama irayibabarira byongera 

    kubana mu mahoro.

    2. Inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira aya magambo:


    a) Kamana na Rutebuka iyo bahishije ikigage.............
    b) Semiburo yigize ............................ ntawukimuvuga.
    c) Mukamusoni baramubwira ............. nyamara azabona ingaruka.
    d) Umuntu warembye ...................... bakamugeza kwa muganga.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Ni izihe nyamaswa zivugwa mu mwandiko? 
    b) Ni izihe ngeso ingurube yadukanye itari isanganywe? 
    c) Intama yakijije ite ingurube? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni ukubera iki intama yagiriye neza ingurube kandi yari imaze iminsi
     iyibwira 
    ntiyumve ? 
    b) Ni iki washima ingurube? 

    c) Uyu mwandiko ukwigishije iki?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, tondeka aya magambo maze ukore interuro uzandike.

    Urugero:

    muri - Gufashanya - bizaduteza - byose - imbere. 

    Gufashanya muri byose bizaduteza imbere

    a) yakundaga - Ingurube - kwendereza - ikanayirira - intama - ibyatsi.
    b) Ingurube - gukira - imaze - yibuka - yasuzuguraga - 
    uko - intama - iricuza - maze.
    c) mu – yarayibabariye - Intama - bitangira - mahoro - kubana. 
    d) bagenzi - atari - bacu - kuko - byiza - Ntitukendereze.
    e) Ni - gutabara - ngombwa - mu - abari - makuba.

    2. Uhereye ku nteruro zatanzwe, andika izindi nteruro eshatu, ukore
    agakuru kumvikana.

    Maboneza yasitaye kuri Kariza.

    Maboneza aramwegera amusaba imbabazi.

    UMWANDIKO
    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Kamikazi na Ngabo

    e

    Kamikazi na Ngabo bombi bigaga mu mwaka wa gatatu. Bahoraga 
    basagarirana, bagahora mu ntonganya, bakagera n’ubwo bashaka 
    kurwana. Rimwe Kamikazi yahishe ikayi ya Ngabo, ababyeyi baza 
    kubimenya. 

    Ababyeyi babo barabahamagara bombi, barabicaza, babagira inama. 

    Barabahanura, bababwira ko bagomba kubahana no kubana mu 
    mahoro. Babasaba kwirinda gushotorana, gushyamirana no gutongana. 
    Babagira inama yo gukorera hamwe no gufashanya muri byose. 
    Babasobanurira ko n’igihe bakina bagomba kujya birinda gusagarirana. 
    Bababwira kandi ko bagomba kwirinda gucuranwa igihe basangira. 
    Babibutsa ko ari ngombwa gufashanya igihe basubiramo amasomo 
    yabo. Kamikazi na Ngabo bakibyumva bombi bahita basabana imbabazi 
    barababarirana.

    Batangira gukorera hamwe no kubahana, ntibongera gutongana 

    ukundi. Ubu ni abanyeshuri b’intangarugero, bashimwa na buri wese.

    2. Inyunguramagambo

    Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro aya akurikira.

    e

    a) Yamwiyenjejeho amubwira nabi ariko bageze aho bariyunga.
    b) Ni ingeso mbi kurya ibiryo usahuranwa na bagenzi bawe.
    c) Si byiza kutumvikana na bagenzi bawe kuko bitera 
    amakimbirane.
    d) Abana bendereza bagenzi babo bagomba kubireka.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni bande bavugwa mu mwandiko ?
    b) Ni ikihe kibazo Kamikazi na Ngabo bari bafitanye? 
    c) Ababyeyi bamaze kubagira inama Kamikazi na Ngabo bitwaye bate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni ibiki bigaragaza umunyeshuri w’intangarugero? 
    b) Ni iki ushima ababyeyi bavugwa mu mwandiko?
    c) Wakora iki kugira ngo ukize abantu bafitanye amakimbirane?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ukore interuro 
    uyandike.

    S

    Urugero: Tugomba kubaha abato n’abakuru.

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye.
    Inka iyisaba imbabazi ivuga ko itazongera .
    Ibigori byeze inka ikajya ijya kubyona.
    Inzovu irayibabarira .
    Inzovu iza kumenya ko inka iyonera ibigori.
    Inzovu yahinze umurima w’ibigori.
    Umunsi umwe iyisangamo yona


    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umuduri wa Kariza

    D

    Kera abaturage bo ku gasozi ka Rorero ntibabanaga neza. Abo 
    baturage bahoraga mu ntonganya n’inzangano za buri munsi. 
    Nta muturanyi wasuraga undi cyangwa ngo amutabare agize 
    ibyago. Umusaza Munderere yabibona bikamushavuza, atangira 
    gushakisha icyo yabikoraho.

    Umusaza abanga umuduri yigisha imfura ye Kariza kuwucuranga. 

    Nyuma y’iminsi mike, Kariza atangira kujya acuranga indirimbo 
    z’amahoro. Nimugoroba yahuzaga urungano rw’abana baturanye, 
    akabakirigitira umurya bakanyurwa. Abana bose bagera iwabo 
    bagasubiramo indirimbo z’amahoro Kariza yabaririmbiye. 

    Kuva ubwo, indirimbo za Kariza zikundwa cyane n’abantu b’ingeri 

    zose. Abana baziririmbiraga iwabo, ku ishuri no mu bitaramo. 
    Injyana n’ubutumwa by’indirimbo ze bikanezeza ababyumva.

    Izo ndirimbo nziza z’amahoro zakoze ku mitima y’abaturage. 

    Bose barahinduka babana neza, biberaho mu mahoro 
    n’umunezero.

    2. Inyunguramagambo

    Huza aya magambo n’ibisobanuro byayo unayuzurishe 

    interuro zikurikiraho:

    W

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Abaturage bavugwa mu mwandiko babaga ku wuhe musozi?
    b) Se wa Kariza yari ahangayikishijwe n’iki? 

    c) Kariza yacurangiraga abandi bana indirimbo zerekeye iki? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima Kariza? 
    b) Urumva kubana mu mahoro bizamarira iki abaturage 
    bo ku musozi wa Rorero? 
    c) Ubonye bagenzi bawe bari mu ntonganya wabagira iyihe nama?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe, huza amagambo ukore interuro 

    uyandike.

    D

    2. Soma agakuru gakurikira maze usubize ikibazo 

    gikurikiraho.

    Gwiza yari avuye ku ishuri ananiwe cyane.
    Ahura na Gasore ari ku igare amusaba kumutwara.
    Gasore aramwemerera amugeza mu rugo.

    Gwiza aramushimira na we arataha.

    Ikibazo: Ushingiyiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire 
    akawe katarengeje interuro enye ku ngingo y’imibanire myiza 

    n’abandi

    Imyitozo
    UMWANDIKO
    Soma umwandiko ukurikira.


                               Isha n’inzovu



    Umunsi umwe, inzovu yaratambutse ihutaza akana k’isha. Isha 
    iyibajije impamvu yari iyihekuye iyishongoraho, isha iricecekera. 
    Kuva ubwo ariko ntibyongera kurebana neza kandi byari inshuti.

    Icyana k’inzovu cyaje gufatwa n’ uburwayi bukomeye cyane. 

    Isha yari inzobere mu kuvura ariko inzovu yo ntiyari izi imiti. 
    Inzovu yagize ipfunwe yibaza ukuntu izahinguka imbere y’isha 
    yarayishongoyeho. Igisha inama impara, iyibwira ko igomba kugira 
    ubutwari igasaba imbabazi. 

    Hagati aho icyana k’inzovu kirushaho kuremba. Inzovu isaba impara 

    ngo iyingingire isha iyivurire icyana. Isha ivura icyana k’inzovu 
    ititaye ku kuntu yayishongoyeho.

    Inzovu ibibonye ityo isaba isha imbabazi inarahira kutazongera 

    kwishongora. Nuko isha n’inzovu byongera kubana mu mahoro.

    2. Inyunguramagambo
    Uzurisha interuro zikurikira aya amagambo:

    E

    a) Afite ……………. ryo gusaba imbabazi.
    b) Inzovu yakundaga …………… kubera ubunini bwayo.
    c) Abanyeshuri biga neza baba ……………….
    d) Iriya mbyeyi imvura yari ………….. Imana ikinga akaboko.

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.
    a) Isha imaze kubaza inzovu impamvu yari igiye 
    kuyihekura inzovu yakoze iki?
    b) Ni ubuhe butwari inzovu yasabwe kugira? 

    c) Ni ukubera iki inzovu yiyambaje impara? 

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    a) Ni iki wakora mugenzi wawe aguhemukiye ntagusabe 
    imbabazi? 
    b) Urumva gusaba no gutanga imbabazi bimaze iki mu 
    buzima ? 

    c) Wagira iyihe nama bagenzi bawe bakoshereje abandi?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ari mu tuzu 

    ukore interuro uyandike

    A

    Urugero: Isha yari inzobere mu kuvura.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiraho.
    Batamuriza yari arimo gusimbuka umugozi.
    Muhoza amubonye amusaba ko bakina.
    Batamuriza yanga ko bakina.

    Ikibazo: Komeza ako gakuru ugahe iherezo rishimishije.

    Isuzuma risoza umutwe wa gatanu
    UMWANDIKO
    1. Gusoma
    Soma umwandiko ukurikira.


    Umurage usumba iyindi

    S

    Umukecuru Nyiramana yari akuze cyane imvi zari zarabaye 
    uruyenzi. Intege zimaze kumubana nke, atuma ku bana be bose 
    baraza. Bageze iwe, ababwira ko yumva ananiwe cyane, yenda 
    kwitahira. Yifuzaga kubasigira umurage uruta iyindi.

    Umukecuru ntiyabatindira atangira kubatekerereza umurage 

    yifuza kubasigira. Ababwira ko icyo abashakaho ari uko baba 
    ababibyi b’amahoro. Abasaba kubahana, gukundana, gufashanya 
    no kwirinda amakimbirane. Aboneraho kubibutsa ko abantu ari 
    magirirane. Abo bana bashimira umubyeyi wabo impanuro nziza 
    abahaye.

    Hashize iminsi umukecuru arapfa. Abana bakomera ku murage

    yabahaye baba intangarugero aho batuye. Umurage basigiwe 
    bawusangiza abaturanyi bibafasha kwikemurira amakimbirane.

    2. Inyunguramagambo
    Simbuza amagambo aciyeho akarongo aya akurikira.
    E


    a) Nyiramana yari afite imisatsi y’umweru ku mutwe we.
    b) Umukecuru yongeye kubabwira ko abantu baba magirirane.
    c) Umukecuru yabasabye gukundana bakirinda ubushyamirane.
    d) Ababyeyi bakundaga guha abana babo inama.


    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Umukecuru uvugwa mu mwandiko yitwa nde? 
    b) Ni uwuhe murage umukecuru yahaye abana be? 

    c) Umukecuru amaze gupfa abana bitwaye bate?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Ni iki washima abana ba Nyiramana? 
    b) Ni iki twakwigira ku mukecuru Nyiramana?

    c) Ni gute abantu ari magirirane?

    KWANDIKA

    1. Huza ibice by’amagambo ukore amagambo uyandike mu 

    mukono.

    W

    2. Tondeka neza izi nteruro ukuremo agakuru kaboneye
    Bukeye zijya gutumira ibikeri ngo bizasangire.
    Ibikeri bizibwira ko bitashobora kugera mu biti.
    Bigeze mu biti, birasabana birishima cyane.
    Inyoni zari zifite umunsi mukuru.
    Inyoni zibitiza amababa biragurukana

    UMWANDIKO

    1. Gusoma

    Soma umwandiko ukurikira.

    Umusaza n’akanyoni

    E

    Kera habayeho umusaza wahoraga mu ntonganya zidashira.Yari 
    yarajujubije abaturanyi be bagahora mu bushyamirane.

    Umunsi umwe, akanyoni karaje gahagarara mu bikingi by’irembo 

    rye. Karitonda kamubaza impamvu atumvikana n’abaturanyi 
    be, abura icyo agasubiza. Kabonye yinumiye nta cyo agasubije, 
    gakomeza kumuganiriza gatuje. Kamubwira ibyo kumvanye 
    abaturanyi be bamugaya, binubira uburyo ababangamira. Kamugira 
    inama yo kubana neza na bagenzi be mu mahoro. Kamubwira ko 
    iyo abantu babana neza bafashanya kandi bagatabarana. Ibyo 
    bigatuma biteza imbere aho guhora mu matiku n’inzangano.

    Umusaza amaze kumva inama z’akanyoni, atekereza ku 

    buzima abayeho. Arisuzuma asanga ari we ubayeho nabi 
    kurusha abaturanyi be bose. Yiyemeza kwisubiraho, ntiyongera 

    kubabangamira ukundi. 

    2. Inyunguramagambo

    Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo.

    N

    a) ………………………bubuza abantu amahoro.
    b) Abaturanyi be ....................... amatiku ye.
    c) Uwera bamubajije uwaciye amapera ..................

    d) Bamugiriye inama yo gucisha make kubera ko yari .............

    3. Ibibazo byo kumva umwandiko.

    a) Ni ba nde bavugwa mu mwandiko ? 
    b) Ni ikihe kibazo umusaza yateraga abaturanyi be? 

    c) Ni iki cyagiriye umusaza inama ?

    4. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.

    a) Wumva ari ukubera iki umusaza uvugwa mu mwandiko yari 
    abayeho nabi? 
    b) Ni akahe kamaro ko kumvikana no gufashanya? 

    c) Ni iyihe nyigisho ukuye muri uyu mwandiko?

    KWANDIKA

    1. Ukurikije urugero wahawe huza amagambo ukore 
    interuro uyandike.

    e

    Urugero: Akanyoni kagiraga umusaza inama gatuje.

    2. Soma aka gakuru maze usubize ikibazo gikurikiyeho.

    Mariza yari yicaye munsi y’igiti k’imyembe.
    Umwembe uza kugwa hasi arawutora .

    Ahamagara inshuti ye Mahoro barawusangira.

    Ikibazo: 
    Ushingiye ku gakuru umaze gusoma, ihimbire akawe 

    katarengeje interuro eshatu ku ngingo y’imibanire myiza.

    Umutwe wa kane: Inyamaswa zo ku gasoziUmutwe wa gatandatu :Siporo n’imyidagaduro