• Umutwe wa mbere Imyuga gakondo

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    z

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    z

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    x

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Inyombya ihagaze ku mugwegwe uri mu nsina za Nshuti.

    b) Mugwiza agira ishyaka akita ku mbyeyi ze buri munsi.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Iterambere ry’umuryango

    m

    Kera Nsabimana na Mbyeyi bari abakene bikabije. Baje kwigira inama yo 
    guhinga insina n’imigwegwe. Mu mikorere yabo bagiraga ishyaka kandi 
    ntibashyamirane. 

    Bazindukaga kare bakorera insina n’imigwegwe byabo. Insina bazisasiraga 

    ishinge bakazifumbiza imborera. Bazishakiraga kandi inkingi bakazitega 
    ngo zitagwa. Uwo mushinga wabo watumye babona amafaranga menshi. 
    Ubu biteje imbere, bafite ishyo ry’inka z’imbyeyi n’imfizi. Abana babo 

    Mbyayingabo na Uwishyaka biga neza

    a) Ni iki cyavanye Nsabimana na Mbyeyi mu bukene bukabije?
    b) Nsabimana na Mbyeyi bazindukaga bakora iki?

    c) Byagenze bite umushinga wabo umaze kumenyera?

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo.

    ns, mby, shy, nsh, gw.

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    m

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    m

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Ku munsi wo kurya ubunnyano navuze mu ijwi riranguruye.

    b) Munywanyi yikanze ingwe asitara ku njyo.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Tubungabunge amashyamba

    m

    Mukannyi na Nyirangwije bagiye kwiga mu gitondo.
    Bageze mu 
    nzira babona ishyamba rya Njyanabo ryatwitswe.
    Iryo shyamba 
    ryabagamo ingwe n’ibijwangajwanga.
    Mukannyi yatabaje mu ijwi 
    riranguruye.
    Haza abaturage bararizimya ku manywa y’ihangu.

    Barangije, Semanywa yihanangiriza abangiza ibidukikije.
    Yamaganye abatwika amashyamba bitwaje umuriro ku njyo.
    Yibukije ko amashyamba atanga umwuka mwiza akanarwanya isuri.
    Mukannyi na Nyirangwije bakomeje urugendo bajya kwiga bishimye.

    a) Mukannyi amaze kubona ko ishyamba ryatwitswe yakoze iki?
    b) Ni izihe nyamaswa zabaga mu ishyamba rya Njyanabo?

    c) Ni akahe kamaro k’amashyamba kavuzwe mu mwandiko? 

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo: 

    jw, nny, nyw, njy, ngw

    m

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.

    a) Ntaganzwa ntaha imfizi ze amazi arimo imisundwe.

    b) Ntirushwa afite imbwa y’inkazi.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Twirinde gushotorana

    d

    Rudasumbwa, Ndwaniye na Mfuranzima biga i Muyunzwe. Basoza 
    igihembwe umwarimu Mutarushwa yabasabye gukubura ishuri.
    Anabasobanurira ko kugira isuku birinda indwara.

    Aho gukubura, Ndwaniye yatangiye gushwana na Mfuranzima. 

    Yamubwiraga ko adakubura neza maze amwambura umweyo.
    Rudasumbwa abibonye arabakiza, ababwira ko gushotorana atari byiza.

    Yungamo ko bagomba kugira umuco uranga imfura.

    Ndwaniye asaba imbabazi Mfuranzima, yiyemeza kutazabisubira ukundi.

    a) Ndwaniye, Rudasumbwa na Mfuranzima biga he?
    b) Umwarimu yabwiye abanyeshuri ko isuku imaze iki?
    c) Byagenze bite Ndwaniye amaze kubwirwa ko gushotorana 

             atari umuco uranga imfura ? 

    6. Uhereye ku mashusho, hitamo igihekane maze wuzuze ijambo: 

         shw, mbw, mf, ndw, nzw

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    x

    4. Soma interuro zikurikira kandi wandike mu mukono.

    a) Inswa n’imiswa biri mu bihwagari bya Semiswa.

    b) Kutajya mu birori, Ntwazabagabo abivutswa n’ihwa ryamuhanze.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ntwari n’imiswa

    c

    Umunsi umwe, Ntwari yakinaga agapira. Muri uwo mwanya 
    havumbuka imbwa yirukanswaga n’abana. Nuko Ntwari asetswa no 
    kubona imbwa yiruka amasigamana

    Yarasetse cyane agapira karamucika kagwa mu miswa. Ahita 

    ahagurutswa no kukavanamo. Yifashishije igiti k’igihwagari ngo 
    akavanemo. Yaribeshye ahagarara mu miswa imurumye aratabaza. 

    Nyiramiswa wihanduraga amubera intwari areka kwihandura 

    ihwa aramutabara. Yafashe umuswari amuhanaguraho imiswa 

    anamuhereza agapira ke.

    a) Agapira ka Ntwari kamucitse ari gukora iki?
    b) Kubera iki Nyiramiswa yaje gutabara Ntwari? 

    c) Nyiramiswa yatabaye ate Ntwari?

    6. Hitamo igihekane maze wuzuze ijambo. sw, hw, nsw, tsw, ntw

    n

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    b

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    n

    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.
    a) Gapyisi wo mu Matyazo afite injwiri.

    b) Inzuki zadwinze Matayo agiye kwahirira inkwavu.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ubushotoranyi bwa Nyanjwenge

    g

    Nyanjwenge yakundaga gushotora inzuki za sekuru Nkwakuzi. 
    Nimugoroba yasokozaga injwiri ze akigira hafi y’umuzinga. 
    Ntiyakundaga gupyipyinyurwa nka Gapyisi murumuna we.

    Umunsi umwe, Nyanjwenge bamutumye inkwi, yigira guhakura. 

    Ageze ku muzinga w’inzuki yahise awegera atadagadwa. Mu muzinga 
    havuyemo inzuki ziramudwinga avuza induru. 

    Sekuru yasize isuka yatyazaga ku ityazo, aza kumutabara. Ahageze 

    arazimukiza amujyana mu rugo. Kuva ubwo Nyanjwenge arahira 

    kuzongera gukubaganira inzuki.

    a) Ni nde wakundaga gupyipyinyurwa?
    b) Kuki Nyanjwenge yavugije induru?
    c) Nyuma yo gutabarwa Nyanjwenge yafashe ikihe kemezo?


    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo. ty, nkw, py, njw, dw
    n
    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    r


    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.
    m
    3. Soma amagambo akurikira kandi uyandike mu mukono.

    l
    4. Soma interuro zikurikira kandi uzandike mu mukono.
    a) Ndyanabo ntarwara ibifwana kuko akunda inshyushyu n’intyabire.

    b) Busyete yahirira imbyeyi ye imicwira.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Indyo yuzuye

    l

    Ababyeyi ba Semacwa bamenye ko afite amagufwa adakomeye. 
    Banga kuba inshyanutsi ariko ntibanacweza. Bukeye, bagiye 
    kugisha inama umuturanyi wabo.

    Yabagiriye inama yo kumugaburira indyo yuzuye. Yababwiye 

    ko batazirengagiza kumuha inshyushyu, intyabire n’imbuto. 
    Igikoma bagitekeshaga ifu baseye ku rusyo. Nyina yabaye intyoza, 
    anamushakira indyoshyandyo zikwiye.

    Bagaburiye Semacwa, bidatinze amagufwa ye arakomera. Ubu 
    Semacwa yatangiye ishuri aca ukubiri n’indwara

    a) Ni nde ababyeyi ba Semacwa bagishije inama?
    b) Ni iki cyatumaga amagufwa ya Semacwa adakomera?
    b) Semacwa amaze kugaburirwa neza byagenze bite?

    6. Uhereye ku mashusho hitamo igihekane maze wuzuze ijambo.

    sy, fw, ndy, cw, nshy, nty

    v

    Igihekane mpy/Mpy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mpy.

    n

    2. Erekana igihekane mpy/Mpy.

    x

    3. Soma imigemo ikurikira.

    r

    4. Soma amagambo akurikira.

    y

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Sempyisi yarwaye impyiko.

    b) Mpyorero yabonye impyisi mu ishyamba.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Mubyeyi kwa sekuru

    m

    Mubyeyi yagiye i Kayonza kwa Sekuru Sempyisi. Yifuzaga 
    kumenya imyambaro yambarwaga n’Abanyarwanda bo hambere.

    Agezeyo nyirakuru Nyirampyorero amwakirana urugwiro. 

    Nimugoroba bataramye, abaza Sempyisi uko hambere 
    bambaraga. Amusubiza ko bambaraga imyambaro ikoze mu 
    mpu. Abandi bakambara impuzu bakomaga mu bishishwa 
    by’imivumu. 

    Sempyisi yongeraho ko ikoze mu mpu yakorwaga n’abakannyi. 

    Anamubwira ko sekuruza Serupyipyinyurimpyisi na we yari 
    umukannyi.

    Mubyeyi arishima ndetse abashimira inyigisho nziza bamuhaye.
    a) Abanyarwanda bo hambere bambaraga imyambaro ikoze mu ki?
    b) Ni uwuhe mwuga Serupyipyinyurimpyisi yakoraga?

    c) Vuga indi myuga gakondo waba uzi.

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    n
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    d
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    m
    10. Soma ijambo uryandike mu mukono, unace akarongo ku gihekane mpy.
    a) impyisi
    b) Mpyorero

    b) Sempyisi

    Igihekane pw/Pw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi pw.

    m

    2. Erekana igihekane pw/Pw.

    n

    3. Soma imigemo ikurikira.

    m

    4. Soma amagambo akurikira.

    m

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Ibitabo byagombaga gucapwa byaracapwe.

    b) Sempyisi akopwa n’abacuruzi baturanye.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Yamenye kuboha

    s

    Umunsi umwe, Mukamatsiko yari iwabo asoma igitabo. Icyo 
    gitabo nyina yari yaragikopwe na Mpyisi. Cyari igitabo 
    cyacapwe n’umuhanga witwa Nyirampyorero. 

    Urubyiruko rwose rwavugaga ko cyacapwe neza. Mukamatsiko 

    agisoma, yitegereje ishusho y’umugore wabohaga agaseke
    Bukeye yegera nyina amusaba kumwigisha kuboha. Nuko 
    bicaye mu nzu, nyina arabimwigisha.

    Kuva ubwo Mukamatsiko atangira gukunda imyuga gakondo. 

    Iyo bamutumaga guhaha yitwazaga agaseke yaboshye.

    a) Ni iki cyateye Mukamatsiko gukunda imyuga gakondo?
    b) Mu gitabo Mukamatsiko yasomaga, yabonye umugore wakoraga iki?

    c) Uretse agaseke, ni ibihe bikoresho bindi bibohwa?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    b

    10. Tondeka imigemo wahawe ukore ijambo, unaryandike unoza umukono.
    a) za - pwa - ca- ki
    b) ra- ko- ba - pwe

    c) a - pwa - ra - ko

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mpy/pw.

    d

    2. Soma imigemo ikurikira.

    b

    3. Soma amagambo akurikira.

    d

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Nyirampyorero arasoma igitabo cyacapwe neza.

    b) Sempyisi yakopwe umuti uvura impyiko.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ubukannyi bwabateje imbere

    n

    Umukannyi Sempyisi yuzuraga na Mpyorero bagatura mu 
    Bwanacyambwe. Uko Sempyisi yakungaharaga, Mpyorero we 
    yaburaga amajyo.

    Igihe cyarageze, Sempyisi yigisha Mpyorero umwuga 

    w’ubukannyi. Yagiraga ngo inshuti ye itazasaza igikopwa 
    ibiribwa. Mpyorero yize ubukannyi atangira gukora imikandara 
    n’amasakoshi. Yanabyigishije mushiki we Nyirampyorero 
    bafatanya uwo mwuga. Biteza imbere, basezerera ibyo gukopwa n’abandi.

    Sempyisi yishimira urwego Mpyorero na Nyirampyorero bagezeho. 

    Mpyorero anezezwa n’umwuga yamenye ukaba ubatunze.

    a) Ni izihe mpungenge Sempyisi yari afitiye Mpyorero?
    b) Nyuma yo kwitabira umwuga w’ubukannyi, byagendekeye 
    bite Mpyorero?

    c) Vuga akamaro k’umwuga w’ubukannyi.

    6. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    n

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    m
    9. Uzurisha kimwe muri ibi bihekane mpy na pw ukore ijambo unaryandike unoza umukono.
    a) i___iko                                 c) Serupyipyinyuri___isi

    b) yarabiko___e                    d) hazakoro__a               

    10. Hitamo amagambo wuzuze interuro, maze uzandike unoza 
    umukono: impyiko, Mpyipyinyura, zicapwe , Mpyorero, azakopwa, Sempyisi   

    a) ______nigire mu birori.
    b) Habayeho umwana witwaga _______wari inshuti ya ______.
    c) Jyana izo nyandiko___neza.

    d) Kaneza _______umuti uvura _______.

    Igihekane mpw/Mpw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mpw.

    n

    2. Erekana igihekane mpw/Mpw.

    n

    3. Soma imigemo ikurikira.

    n

    4. Soma amagambo akurikira.

    n

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Mpwerazikamwa afite impwempwe nyinshi.
    b) Impwerume ya Sempwempwe iraryana.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    n

    Kera habayeho umugabo w’umukene akitwa Sempwempwe. 
    Nta suka yagiraga, yibazaga aho azayikura bikamuyobera.

    Bukeye ajya kwa Mpwerazikamwa wazicuraga ngo 

    ayikopwe. Ku nzira abona impyisi yirukankanye impwerume
    ya Mpwerazikamwa. Sempwempwe ahita akoma akamo 
    akiza iyo mpwerume. Arangije ayambika ishumi ayishyira 
    Mpwerazikamwa. Amubwira ko ayikijije ariko yashakaga no 
    gukopwa isuka. Mpwerazikamwa amuha isuka amubwira ko 
    ayimuhembye atayimukopye.
    Sempwempwe agira ibyishimo byinshi, atunga isuka atyo.

    a) Sempwempwe yari agiye gukora iki kwa Mpwerazikamwa?
    b) Sempwempwe yakijije impwerume ate?

    c) Uretse isuka, ni ibihe bikoresho bindi bashobora gucura?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    n

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    v

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    h

    10. Shakisha byibura amagambo atatu yakoreshejwe mu 
     mwandiko “Uko yatunze isuka” arimo igihekane mpw, uyandike unoza umukono.

    a) __________________

    b) __________________

    c) __________________

    Igihekane nsy/Nsy

    1. Erekana amashusho arimo ijwi nsy.

    b

    2. Erekana igihekane nsy/Nsy.

    k

    3. Soma imigemo ikurikira.

    j

    4. Soma amagambo akurikira.

    a

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Twereke ahari izo nsyo dusye aya masaka.
    b) Tambuka neza utansyonyora ngiye kuri Satinsyi.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.
    Nsyori yarampwituye

    n

    Umunsi umwe mu museso, nahuye n’umubaji Nsyori. Nari 
    mpwereye narembye arampwitura nerekeza kwa muganga. Nsyori 
    yari yikoreye imbehe, imyuko n’imidaho yabaje. Yari abijyanye mu 
    isoko rya Satinsyi kubigurisha.

    Twageze imbere duhura n’imbwebwe iratumokera. Duhita 

    duhungira mu rugo rwa Mpwituzi. Nsitara ku nsyo zari aho mu 
    mbuga ingasire iragwa. Mpita nyiterura maze iranshika insyonyora 
    ikirenge iransyigingiza.
    Nsindagira njya kwa muganga umubaji Nsyori yikomereza ku isoko.

    a) Ni uwuhe mwuga Nsyori yakoraga?
    b) Ni ibihe bikoresho Nsyori yari ajyanye ku isoko?

    c) Ni akahe kamaro k’ibikoresho Nsyori yari ajyanye ku isoko?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    e

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira

    q

    10. Tondeka imigemo ukore amagambo, kandi uyandike mu mukono.

    a) ra-wi- nyo-nsyo
    b) wi-gi-nsyi-za-ngi

    c) ye - nyo - nsyo - ya

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mpw/nsy.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira.

    n

    3. Soma amagambo akurikira.

    e

    4. Soma interuro zikurikira.

    a) Sempwempwe anyegereje urusyo nsya amasaka.

    b) Inyana yansyonyoreye kwa Mpwerazikamwa.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ibikoresho byo kwa nyogokuru

    d

    Nitwa Mpwerazikamwa, niga mu mwaka wa gatatu. Mu kiruhuko 
    nagiye kwa nyogokuru Nyiransyori. Nifuzaga kumenya ibikoresho 
    gakondo nyogokuru yifashisha.

    Nahahuriye na marume Sempwempwe utuye muri Satinsyi. 

    Yansobanuriye ibikoresho bitandukanye nyogokuru yifashisha. 
    Yanyeretse insyo, ingasire, inkoko, imbehe, intorezo, isekuru 
    n’ibindi. Nyogokuru iyo yabintumaga nkabiyoberwa yarampwituraga. 
    Ubu narabisobanukiwe. Nange nsigaye nsobanurira abandi.

    Nashimishijwe cyane n’ibikoresho bitandukanye nyogokuru 

    yifashisha.

    a) Ni iki Mpwerazikamwa yifuzaga kumenya?
    b) Nyiransyori yakoraga iki igihe Mpwerazikamwa yabaga yayobewe 
    icyo yamutumye?

    c) Ni ibihe bikoresho gakondo bindi bitavuzwe mu mwandiko?

    6. Soma interuro zikurikira maze uhuze buri nteruro n’ishusho bijyanye uhuza umubare n’inyuguti.

    f

    3

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    s

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    d

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro zikurikira.

    n

    r

    10. Uzurisha igihekane kimwe muri ibi bihekane mpy, mpw, nsy 

     ukore ijambo, unaryandike unoza umukono.

    a) i____erume
    b) yara___atuye

    c) i___o

    Igihekane mvw/Mvw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi mvw.

    m

    2. Erekana igihekane mvw/Mvw.

    m

    3. Soma imigemo ikurikira.

    n

    4. Soma amagambo akurikira.

    d

    5. Soma interuro zikurikira.
    a) Yumvwanayo yumvwa n’abaturanyi.
    b) Ibyo urabivuga ngo bizumvwe na nde?

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Ibiryo byo kwa nyirakuru

    s

    Yumvwanayo yahoranaga ikifuzo cyo kugaburirwa na 
    nyirakuru. Nuko ajya kumusura iwe hakurya ya Satinsyi. 
    Agezeyo aravunyisha ariko ntiyumvwa. 

    Kwa nyirakuru bari bahuze basya amasaka ku nsyo. 

    Yumvwanayo abonye ko atumvwa yinjira mu gikari. 
    Nyirakuru amubonye amwicaza ku musambi mwiza 
    yiboheye. Yamuzaniye imyumbati n’inkongoro yuzuye 
    amata. Imyumbati yari yatetswe mu nkono yabumbwe na 
    Mpwituzi.

    Yumvwanayo ashimishwa n’ibiryo byo kwa nyirakuru.
    a) Nyirakuru wa Yumvwanayo yari atuye he?
    b) Kuki Yumwanayo yavunyishije ntiyumvwe?

    c) Ni ibihe bikoresho banyweramo cyangwa bashyiramo amata?

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.

    y

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    k

    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.

    j

    10. Soma ijambo uryandike mu mukono, maze uce akarongo ku gihekane mvw.
    a) arumvwa
    b) azumvwe

    1. Erekana amashusho arimo ijwi byw.c) Yumvwanayo

    Igihekane byw/Byw

    1. Erekana amashusho arimo ijwi byw.

    y

    2. Erekana igihekane byw/Byw.

    t

    3. Soma imigemo ikurikira.

    d

    4. Soma amagambo akurikira.

    d

    5. Soma interuro zikurikira.

    a) Nyiratebywa yishimira gukarabywa na nyina.
    b) Abagenzi bamwe bayobywa bakanatebywa no kutamenya gusoma.

    6. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Si byiza gukwiza ibihuha

    j

    Byarahwihwiswaga mu baturanyi ko Nsyori atazi gukana. 
    Nimugoroba Nsyori atumira abaturanyi ngo atazakomeza 
    gusebywa.

    Nsyori wari umukannyi aterura ikiganiro. Atangira avuga ko 

    atacyumvwa kubera gusebywa na bo. Umugore we Nyiratebywa 
    aramwunganira avuga ibyo basebywa. Abasaba kutazayobywa 
    n’abahomvomva ko Nsyori atazi gukana. Nyiratebywa abereka 
    inkanda Nsyori yakannye basanga ari nziza. 

    Bishimira ubwiza bwazo bavuga ko ibyo basebywa bitazongera 

    kumvwa. Kuva ubwo Nyiratebywa na Nsyori ntibongera 
    gusebywa ukundi.

    a) Kubera iki Nsyori yatumiye abaturanyi?
    b) Ni gute Nsyori n’umugore we bemeje abaturanyi ko 
    ibyahwihwiswaga atari ukuri?

    c) Vuga imyambaro gakondo Abanyarwanda bikoreraga.

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana igihekane gikurikira.
    u
    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.
    j
    9. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro ikurikira.
    f
    10. Tondeka neza imigemo wahawe, ukore amagambo uyandike unoza umukono.
    a) gu - bywa- se
    b) bywa - ra - ba- ka - ra

    c) ba- te-bywa- za

    Imyitozo

    1. Erekana amashusho arimo amajwi mvw/byw.

    a

    2. Soma imigemo ikurikira.

    z

    3. Soma amagambo akurikira.

    z

    4. Soma interuro zikurikira.
    a) Ntibasebywa yumvwa na bose.

    b) Abana benshi bayobywa n’uburangare.

    5. Soma umuvugo ukurikira.

    Ubuvumvu ni bwiza


    a

    a) Kuki ubuvumvu ari bwiza?
    b) Amafaranga Sempyoko yabonye yayakoresheje iki?

    c) Ubuki bumara iki?

    6. Soma kandi wandike mu mukono wigana ibihekane bikurikira.

    d

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    n

    8. Tondeka neza imigemo wahawe ukore amagambo yumvikana uyandike unoza umukono.
    a) zu - mvwe - u
    b) ka - ba - bywe - ra

    c) bywa-ka-a-ra-ra

    9. Shaka mu kinyatuzu amagambo arimo ibihekane mvw na byw, maze uyandike mu mukono.
    o

    Isuzuma risoza umutwe wa mbere

    1. Huza igihekane n’ishusho irimo ijwi bijyanye.

    n

    2. Soma imigemo ikurikira kandi uyandike mu mukono.

    t

    3. Soma amagambo akurikira.

    h

    4. Soma interuro zikurikira.
    a) Impwerume ya Sempyisi iramoka ntiyumvwe.

    b) Kangabo wakopwe igare yansyonyoye.

    5. Soma umwandiko ukurikira maze usubize ibibazo.

    Impwerume yaramuvudukanye

    c

    Umunsi umwe, Mpyorero bamutumye kuri Satinsyi guhaha. 
    Ahura n’abahigi bafite imyambi, imiheto n’amacumu. Bari 
    bashoreye imbwa z’impwerume, iy’inkazi iramuvudukana.

    Mpyorero yahise ahunga ahura n’imodoka akwepwa na yo. 

    Yarimo ibitabo byacapwe kugira ngo bizakopwe abasomyi.
    Mpyorero yakomeje gutabaza yumvwa na Basebywanabo 
    amukiza impwerume.

    Kubera ubwoba, Mpyorero yatinye gukomeza urugendo. 

    Basebywanabo aramuhumuriza amusaba kudasibywa isoko 
    n’ubwoba afite. Mpyorero yumva inama nziza agiriwe ajya 
    guhaha.

    a) Ni ibihe bikoresho abahigi bari bafite?
    b) Ni nde wakijije Mpyorero impwerume?

    c) Uramutse uhuye n’imbwa mu nzira wabigenza ute?

    6. Huza ukoresheje akambi ibikoresho n’ababikoreshaga mu myuga gakondo.

    x

    7. Soma kandi wandike mu mukono wigana amagambo akurikira.

    x

    8. Soma kandi wandike mu mukono wigana interuro zikurikira.

    d

    9. Uzurisha ibihekane mpy, pw, mpw, nsy, mvw, byw ukore ijambo uryandike unoza umukono.

    a) i____iko                                     
    b) bizaca____a 
    c) i____erume
    d) i___o
    e) bu___e 

    f) Kuyo___a

    10. Tondeka amagambo neza ukore interuro yumvikana, maze uyandike mu mukono.
    a) buhoro - ntiyumvwe - Mpwerazikamwa - aravuga

    b) gusya - insyo - zo - Ntibasebywa - amasaka - yakopwe

Umutwe wa kabiri :Kubungabunga ubuzima