• UMUTWE WA 7 ITERAMBERE

           7.1 Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

    – Gusesengura indirimbo agaragaza uturango twayo. 

    – Guhanga indirimbo yubahiriza uturango twayo no kuyiririmba.

    – Kwandika neza ibaruwa y’ubutegetsi, umwirondoro, amatangazo n’ubutumire.

    – Gukora interuro yubahiriza isanisha rikwiye.

    7.2 Ibyo umunyeshuri asanzwe azi 

    – Bazi indirimbo kandi baranaziririmba.

    – Ibigize ibaruwa y’ubutegetsi.

    – Ubushobozi bwo gukora interuro yuzuye.

    7.3 Ingingo nsanganyamasomo 

                        

                      7.4 Igikorwa cy’umwinjizo

                       Umwarimu aha abanyeshuri igikorwa kibinjiza mu nsanganyamatsiko y’umutwe. 

                                          

     Ushingiye ku bumenyi usanzwe ufite:
    Sobanura impamvu gukunda umurimo ari ingirakamaro mu mibereho 
    y’abantu no mu iterambere ry’Igihugu.
    Garagaza akamaro k’ibaruwa y’ubutegetsi, umwirondoro, amatangazo 
    n’ubutumire.

    Gukunda umurimo ni ingirakamaro kuko bituma abantu batera imbere ari na 
    byo bituma Igihugu gitera imbere muri rusange. Iyo abantu biteje imbere,bituma 
    abantu babana mu mahoro kuko akenshi iyo abantu badafite icyo bakora ubukene 
    burabokama maze ugasanga abantu bishora mu bikorwa by’urugomo n’ubugizi 
    bwa nabi basagarira abagize icyo bafite. Ni yo mpamvu buri wese akangurirwa 
    gukora n’udafite icyo akora akagishakisha yihangira umurimo.

    Ibaruwa y’ubutegetsi ifite akamaro kanini cyanecyane mu gusaba akazi cyangwa 
    se mu gihe hari ikintu runaka ushaka kumesha inzego runaka cyangwa umuntu 
    runaka.Iyo ikozwe neza ituma icyo wifuza gishobora kumvikana neza kandi ukabona 
    igisubizo mu gihe bishoboka.

              7.5 Amasomo ari mu mutwe wa karindwi n’igihe yagenewe

                            

                         

                            7. 5.1 Isomo rya mbere: Gusoma no gusengura umwandiko 

                                           “Umurunga w’iminsi”

                              

                              1. Intangiriro 

    Saba abanyeshuri kwitegereza ishusho ijyanye n’umwandiko “Umurunga w’iminsi” 

    bagiye gusoma akayibabazaho ibibazo. 

                             

    a) Murabona iki kuri iyi shusho?
    Turahabona umusaza ufite inanga aririmbira umwana wicaye ku musambi. 
    b) Mushingiye ku mutwe w’umwandiko n’ibyo mubona kuri iyi shusho, 
    muratekereza ko uyu mwandiko uza kuvuga ku ki? 

    Uraza kuvuga ku ndirimbo.
    2. Uko isomo ryigishwa 
    a) Gusoma bucece 

    Saba abanyeshuri gusoma umwandiko bucece badahwihwisa, bandika amagambo 

    badasobanukiwe hanyuma ubabaze ibibazo byo kugenzura ko basomye.

                           

       Ni iki kivugwa mu gitero cya mbere? Umusaza aravuga ko gusaza ari bibi.
    – Ni bande bavugwa mu mwandiko? Ni umusaza ubwira umwana we.
    – Ni iki umwana ashishikarizwa gukora? Uyu mwana arashishikarizwa 
        kwitabira umurimo.

    b) Gusoma baranguruye 
    Somera abanyeshuri by’intangarugero ugaragaza isesekaza hanyuma ubasabe 
    gusoma baranguruye basimburana. Genda ubakosora aho basoma nabi kandi 
    wita ku banyeshuri bafite ibibazo byihariye. Fasha buri wese bitewe n’ikibazo afite. 
    c) Gusobanura amagambo no gusubiza ibibazo ku mwandiko
    Shyira abanyeshuri mu matsinda. Saba abanyeshuri gukora igikorwa 7.1 kiri 
    mu gitabo cyabo ubahe n’igihe cyo kugikora. Gendagenda mu ishuri ureba ko 
    abanyeshuri basobanukiwe ibyo bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho 
    bukenewe.

    Igikorwa
    Soma umwandiko ukurikira, ushakemo amagambo udasobanukiwe hanyuma 
    uyasobanure wifashishije inkoranyamagambo kandi usubize n’ibibazo 
    byawubajijweho.

    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Itsinda rimwe 
    rimurike ibijyanye n’inyunguramagambo irindi rimurike ibijyanye n’ibibazo byabajijwe 
    ku mwandiko. Fatanya n’abagize andi matsinda kugorora no kuzuza bisubizo 
    byatanzwe hanyuma ibisubizo by’ingenzi byandikwe ku kibaho, abanyeshuri bose 

    babyandike mu makayi yabo. 

                         

     Gusobanura amagambo

    a) Umurunga: umugozi uboshye kandi ufite umugongo munini. 
    b) Gusahurwa: kwamburwa ibyo wari utunze ku gahato cyangwa ku mbaraga. 
    c) Kwiyuha akuya: kunanirwa kubera ko wakoze cyane ugira ngo ubashe 
    kugera kuri byinshi. 

    d) Intwaro: ikintu umuntu yitwaza cyangwa se kikaba cyaragenewe kurwanishwa 
    nk’umuhoro, umuheto,icumu, inkoota, ubuhiri, imbunda... Igikoresho cyangwa 
    ibikoresho umuntu yifashisha kugira ngo abashe gutsinda urugamba runaka. 
    Uregero hano mu mwandiko urugamba ruvugwa ni urwo gutsinda ubukene . 
    Kugira ngo utsinde ubukene rero ni ngombwa kwifashisha umurimo. 
    e) Imikaka: amenyo y’inyamaswa y’inkazi. 

    f) Ubukaka: ubutwari, ishema.

    Kumva no gusesengura umwandiko

                     

      1. Izina ikibondo rihagarariye nde ubwirwa mu mwandiko? 
    2. Umusaza arigisha iki umwana mu gitero cya gatatu?
    3. Ni iyihe mpamvu ituma uyu musaza agira inama umwana we?
    4. Ni izihe ngingo z’ingenzi dusanga mu mwandiko? 
    5. Uyu mwandiko urakwigisha iki? 
    6. Ni gute umurimo ugira uruhare mu iteramber y’Igihugu? 

    d) Umwitozo
    Saba abanyeshuri gukora babiribabiri umwitozo w’inyunguramagambo uri mu 

    bitabo byabo. Yobora abanyeshuri bakore ikosora rusange ry’umwitozo.           

                     

     Kora interuro wifashishije amagambo akurikira:
    a) Umurunga b) Ikibondo
    c) Gusahurwa d) Kwiyuha akuya
    e) Intwaro
    Tanga nk’umukoro ikibazo cya kabiri”Garagaza akamaro k’indirimbo mu iterambere 
    ry’umuryango n’iry’Igihugu muri rusange.” Iki kibazo kizakosorwe mu ntangiriro 
    y’isomo rikurikiraho.

            7.5.2 Isomo rya kabiri: Indirimbo    

                        

                        1. Intangiriro

    Yobora abanyeshuri bakosore umukoro batahanye. Baza bamwe mu banyeshuri 
    batange ibisubizo, abandi babigorore byandikwe ku kibaho hanyuma abanyeshuri 

    babyandike mu makayi yabo.

                          

    Garagaza akamaro k’indirimbo mu iterambere ry’umuryango n’iry’Igihugu muri 
    rusange.
    Umwarimu arafasha abanyeshuri kunoza ibisubizo byatanzwe mbere yo kubyandika 
    mu makayi yabo.

    2. Uko isomo ryigishwa 
    Shyira abanyeshuri mu matsinda, ubasabe gukora igikorwa 7.2 kiri mu bitabo 
    byabo. Amatsinda amwe atahure inshoza y’indirimbo andi agaragaze uturango 
    twayo hanyuma andi asobanureakamaro k’indirimbo mu buzima bwa buri munsi.
    Bahe igihe cyo gukora icyo gikorwa. Gendagenda mu ishuri ureba ko abanyeshuri 
    basobanukiwe ibyo bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho bukenewe.

    Igikorwa 
    Ongera usome umwandiko “Umurunga w’iminsi” witegereze imiterere yawo maze 
    ukore ubushakashatsi, utahure inshoza, uturango n’akamaro by’indirimbo mu 
    buzima bwa buri munsi.

    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Kuri buri 
    ngingo hamurike itsinda rimwe. Fatanya n’abagize andi matsinda kugorora no 
    kuzuza bisubizo byatanzwe hanyuma ibisubizo by’ingenzi byandikwe ku kibaho, 

    abanyeshuri bose babyandike mu makayi yabo. 

                              

    a) Inshoza n’uturango by’indirimbo
    Indirimbo ni imwe mu ngeri z’ubuvanganzo bwo muri rubanda. Ni amajwi afite 
    injyana yungikana n’amagambo. Indirimbo zivuga ku ngingo zitandukanye zigusha 
    ku buzima bwa buri munsi. Hari indirimbo z’urukundo, indirimbo zisingiza umuntu 
    cyangwa ikintu, hari izigisha, izibara inkuru n’izindi.
     

    b) Uturango tw’indirimbo 
    Indirimbo irangwa n’imiterere yayo ndetse n’ikeshamvugo. 
    – Imiterere y’indirimbo 
    Ahanini indirimbo irangwa n’ibice bibiri by’ingenzi: ibitero n’inyikirizo. Uko igitero 
    kirangiye, umuririmbyi ashyiraho inyikirizo ariko hari indirimbo zitagira inyikirizo. 

    Urugero rw’indirimbo ifite inyikirizo: Umurunga w’iminsi 

    Urugero rw’indirimbo itagira inyikirizo: Indirimbo yubahiriza Igihugu 

     Uburyo ibi bice bihimbwa, usanga ari nk’umuvugo ariko byo bigashyirwa mu majwi 
    aryoheye amatwi no mu njyana runaka yatoranyijwe. Indirimbo ishoborakuba 
    iy’amajwi y’umuntu cyangwa urusobe rw’amajwi y’abantu.

    – Ikeshamvugo mu ndirimbo 
    Ikeshamvugo rikoreshwa mu ndirimbo, ni rimwe n’iryo mu mivugo: uzasangamo 
    isubirajwi, isubirajambo, imizimizo y’ubwoko bunyuranye bitewe n’urwego 
    rw’ihanikarurimi umuhanzi yashatse gushyiramo indirimbo ye. 

    c) Akamaro k’indirimbo
    Indirimbo zifite uruhare rukomeye mu mibereho y’umuntu muri rusange. 
    Ubushakashatsi bunyuranye bwemeza ko indirimbo zongerera ubushobozi 
    ubwonko bwo gutekereza neza mu buryo bwiza kandi bworoshye. 
    Indirimbo zorohereza abana bakiri bato bafite ikibazo cyo kuvuga no kwandika. 
    Birumvikana ko bituma umwana agerageza gusubiramo ibyo yagiye yumva ndetse 
    no kubisobanukirwa mu buryo bworoshye. 
    Bitewe n’ikivugwa mu ndirimbo, uzasanga indirimbo zigira uruhare rukomeye mu 
    guhindura imyumvire y’abantu ndetse no kubakangurira gukora ibikorwa runaka. 

    Ingero: 
    Indirimbo zivuga kuri Sida ndetse n’ibindi byorezo, uburyo byandura n’uko 
    byakwirindwa, zituma abantu birinda kwandura virusi itera Sida. 
    Indirimbo zivuga ku butwari zituma abazumva bagira ubutwari bakagira ishyaka 
    n’umurava wo gukunda Igihugu... 
    Indirimbo zivuga ku murimo, zituma abazumva bitabira umurimo.

    Imyitozo
    Saba abanyeshuri gukora imyitozo uri mu bitabo byabo buri wese ku giti ke .

    Yobora abanyeshuri bakore ikosora rusange ry’umwitozo. 

                         

    1. Tanga inshoza y’indirimbo. 
    2. Erekana uturango tw’indirimbo. 
    3. Sobanura akamaro k’indirimbo mu mibereho y’abantu. 
    4. Sesengura indirimbo umurunga w’iminsi ugaragaza uturango twayo. 

    5. Ririmba indirimbo “Umurunga w’iminsi” wubahiriza injyana yayo.

             7.5.3 Isomo rya gatatu: Ibaruwa y’ubutegetsi

              

                 1. Intangiriro

    Baza abanyeshuri ibibazo ku isomo baheruka kwiga kugira ngo bibafashe kwinjira 

    mu isomo rirya.

                     

      Ni irihe somo muheruka kwiga? Duheruka kwiga inshoza y’indirimbo, uturango 
    n’akamaro kayo.

    2. Uko isomo ryigishwa 
    Shyira abanyeshuri mu matsinda, ubasabe gukora igikorwa 7.3 kiri mu bitabo 
    byabo. Amatsinda amwe akore ku nshoza y’ibaruwa y‘ubutegetsi andi agaragaze 
    imiterere yayo. Bahe igihe cyo gukora icyo gikorwa. Gendagenda mu ishuri ureba 
    ko abanyeshuri basobanukiwe ibyo bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho 
    bukenewe.

    Igikorwa 

    Shingira ku bumenyi usanzwe ufite cyangwa ukore ubushakashatsi maze 
    utahureinshoza n’uturango by’ibaruwa y‘ubutegetsi kandi ugaragaze imiterere 
    yayo.
    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Kuri buri 
    ngingo hamurike itsinda rimwe. Fatanya n’abagize andi matsinda kugorora no 
    kuzuza bisubizo byatanzwe hanyuma ibisubizo by’ingenzi byandikwe ku kibaho, 

    abanyeshuri bose babyandike mu makayi yabo.     

                      

      a) Inshoza y’ibaruwa y‘ubutegetsi 
    Ibaruwa y‘ubutegetsi, ni ibaruwa yandikwa n’umuyobozi cyangwa uyoborwa mu 
    rwego rw’akazi. Ibaruwa y’ubutegetsi igira amategeko igomba kubahiriza kuko igira 

    uko yandikwa byihariye. Igomba kuba ngufi kandi ikarasa ku ntego.

    Uwandika agira amagambo yabugenewe yitaho kandi atagomba kubura mu 
    ibaruwa. 
    Hari amagambo yabugenewe akoreshwa mu gutangira ibaruwa. Ayo ni nk’aya 
    akurikira:
    – Nyakubawa - Bwana
    – Madamu - Madamazera, 
    – Nejejwe no kubandikira, - Mbandikiye ibaruwa ngira ngo…
    Mu gusoza ibaruwa y’ubutegetsi, hashobora gukoreshwa amwe muri aya magambo 
    akurikira:
    – Mu gihe ngitegereje igisubizo cyanyu, mbaye mbashimiye…
    – Mu gihe ntegerezanyije ikizere, mbaye mbashimiye…
    – Mbashimiye uko mwakiriye….

    Ikitonderwa
    Igika gishobora gutangirira mu cya kabiri cy’urupapuro mu mpagarike yarwo 
    cyangwa ku ntangiriro y’umurongo. Ibaruwa y’ubutegetsi igomba kugira impamvu 
    yayo yihariye bitewe n’igitumye yandikwa kandi hagacibwa akarongo ku ijambo 
    “impamvu”.
    b) Imiterere y’ibaruwa y’ubutegetsi
    Ibaruwa y’ubutegetsi igizwe n’ibice by’ingenzi bitatu kandi buri gice na cyo kigira 
    ibice byacyo. Ibice by’ibaruwa ni ibi bikurikira:

    – Umutwe
    Umutwe ni igice k’ibaruwa kigizwe n’ibice bikurikira:
    Aderesi: Aderesi ni igice kigaragaza amakuru y’ingenzi y’uwanditse ibaruwa. 
    Hagaragaramo amazina ye, aho atuye ndetse n’andi makuru yose yafasha uwo 
    yandikiye kumenya aho yamubariza aramutse amushatse. Iki gice gifata umwanya 
    wo hejuru ibumoso ku rupapuro. 

    Itariki n’ahantu: Uwanditse ibaruwa y’ubutegetsi, aba agomba kugaragaraza 
    itariki n’ahantu yandikiye.Iki gice cyo kijya hejuru iburyo ku murongo wa mbere 
    ahateganye n’izina ry’uwandika. 
    Uwandikiwe: Uwandikiwe ni igice gishyirwa munsi y’itariki n’ahantu, kikagaragaza 
    uwo ibaruwa igenewe. Si izina rye bwite rigaragaramo, ahubwo ni izina ry’icyubahiro 
    rigaragaza umwanya afite mu kazi. Cyakora hashobora no kugaragazwa izina iyo 
    ibaruwa y’ubutegetsi igenewe umukozi runaka. 
    Binyujijwe: Ni igice kigaragara mu ibaruwa y’ubutegetsi munsi y’aderesi 

    y’uwandikiwe.

    Gishyirwaho iyo hari abo iyo baruwa igomba kunyuzwaho mbere yo kohererezwa 
    uwayandikiwe
    Uwo ibaruwa inyuzeho, aba agomba kuyisinyaho.
    Impamvu: Uwandika ibaruwa y’ubutegetsi, aba agomba kugaragaza impamvu 
    imuteye kwandika. Ingero z’impamvu zashyirwa mu’ibaruwa: gusaba akazi, gusaba 
    ibisobanuro, kohereza raporo... Ijambo“impamvu” rirandikwa kandi rigacibwaho 
    akarongo. Iki gice kiba kiri munsi ya aderesi y’uwanditse.
    – Igihimba 
    Igihimba k’ibaruwa y’ubutegetsi, ni igice kigaragarizwamo ubutumwa bugenewe 
    uwandikiwe. Iki gice kigizwe n’ ibice bikurikira:
    Intangiriro: Uwandika, avuga muri make impamvu imuteye kwandika igirwa n’igika 
    kimwe kandi ikagaragaza icyo uwandika agamije. Iyo ari nk’ibaruwa isaba akazi 
    agaragazamo ko azi neza ko uwo mwanya uhari. 

    Igihimba: Ni igice kigaragara nk’aho ari kirekire kurusha ibindi, kuko gishobora no 
    kugira ibika birenze kimwe bitewe n’ingingo zigize ubutumwa. Ni cyo gice cyonyine 
    gisobanura mu mugambo arambuye ibyavuzwe mu ntangiriro, kikabisesengura, 
    kikanakurikiranya ibitekerezo. Icyo gihe buri gika kiharira ingingo yacyo, na none 
    ukirinda gusubiramo ibyo wavuze. 
    Umwanzuro: Uwandika ibaruwa y’ ubutegetsi, asoza ashimira uwo yandikiye. Ni 
    cyo gice kirangiza ibaruwa y’ ubutegetsi kandi kigirwa n’igika kimwe. Uwandika 
    arangiza ashimira uwo yandikiye.

    – Umusozo
     Umusozo w’ibaruwa ugizwe n’ibice bikurikira:
    Amazina n’umukono: Ni igice gisoza ibaruwa y’ ubutegetsi kigizwe n’amazina 
    ndetse n’umukono wa nyiri ukuyandika.
    Bimenyeshejwe: ni igice kijya mu mpera y’ibaruwa y’ ubutegetsi ku ruhande 
    w’ibumoso. Kijya mu ibaruwa y’ ubutegetsi iba igomba kugira abandi bamenyeshwa 

    ibyanditswe.

                                                   

                                                             

                                                           

    1. Garagaza itandukaniro riri hagati y’ibaruwa y’ubutegetsi n’ ibaruwa 
    mbonezamubano? 
    2. Andikira umuyobozi w’umurenge utuyemo ibaruwa umusaba ikemezo 
    cy’amavuko kuko ugikeneye mu kuzuza ifishi izaguhesha uburenganzira 

    bwo gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye. 

                   7.5.4 Umwirondoro

                     

         1. Intangiriro

    Baza abanyeshuri ibibazo ku isomo baheruka kwiga kugira ngo bibafashe kwinjira 

    mu isomo rirya.

                           

     Ni irihe somo muheruka kwiga? Duheruka kwiga inshoza y’ibaruwa, uturango 
    n’akamaro byayo.

    2. Uko isomo ryigishwa 
    Shyira abanyeshuri mu matsinda, ubasabe gukora igikorwa 7.4 kiri mu bitabo 
    byabo. Amatsinda amwe akore ku nshoza y’umwirondoro andi agaragaze ibiranga 
    umwirondoro ahnyuma abandi berekane ibice biwugize. Bahe igihe cyo gukora 
    icyo gikorwa. Gendagenda mu ishuri ureba ko abanyeshuri basobanukiwe ibyo 
    bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho bukenewe.

    Igikorwa 
    Ushingiye ku bumenyi usanganywe, tahura inshoza y’umwirondoro, ibiranga 
    umwirondoro n’ibice byawo.

    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Amatsinda 
    asimburane amurika buri tsinda ingingo imwe. Yobora abagize andi matsinda kunoza 
    no kuzuza bisubizo byatanzwe hanyuma byandikwe ku kibaho, abanyeshuri bose 

    babyandike mu makayi yabo.

                          

    a) Inshoza y’ umwirondoro
    Umwirondoro ni inyandiko itanga amakuru ahagije ku muntu. Iyi nyandiko ikunze 
    gukenerwa 
    n’ umukoresha kuko imufasha guhitamo umukozi akeneye bitewe n’amakuru 
    agaragaramo.
    Umwirondoro unoze, ugomba kuba wanditse ku rupapuro rwiza kandi uzira 
    amakosa. Ugomba kandi kuba wuzuye kuko uwusaba aba akeneye amakuru 
    yuzuye kugira ngo arusheho kumenya nyiri umwirondoro. Ugomba kwandikwa 
    mu nteruro ngufi kandi zisomeka neza. Umwirondoro ugomba kuvuga ukuri kandi 
    ukaba uhuye n’aho ukenewe. 

    b) Ibice bigize umwirondoro 
    Umwirondoro ntukorwa uko nyirawo yiboneye. Ugomba kuba ufite uburyo buboneye 
    bwo kuyikora kandi ugakurikiranya neza ibice bikurikira:
    - Umutwe 
    - Ibiranga umuntu 
    - Amashuri 
    - Uburambe 
    - Ubundi bumenyi 
    - Indimi avuga 
    - Ibyo akunda 
    - Abantu bamuzi 
    - Kwemeza ko ari ukuri no gushyiraho 
    umukono we. 
    – Umutwe 
    Umutwe w’umwirondoro wandikwa hejuru ukitwa umwirondoro 
    – Ibiranga umuntu 
    Ibiranga umuntu, ni igice gitangira umwirondoro, kikaba kigamije kugaragaza muri 
    make uwo ari we. Kigomba kuba cyumvikana kandi kirasa ku ntego. 
    Muri iki gice, uwandika agaragazamo ibi bikurikira:
    – Amazina y’umuntu
    Ni byiza kwandika izina ry’umuryango mu nyuguti nkuru z’icyapa maze iry’idini 
    rikajya mu nyuguti nto, ariko ritangiwe n’ inyuguti nkuru. 
    – Amazina y’ababyeyi
    Mu kwandika amazinay’ababyeyi, naho biba byiza kwandika amazina ry’umuryango 
    mu nyuguti nkuru z’icyapa maze ay’idini akajya mu nyuguti nto, ariko agatangizwa 

    n’ inyuguti nkuru. 

    – Imyaka umuntu afite
    Uwandika, aba agomba kugaragaza igihe yavukiye aho kwandika imyaka nyirizina. 
    Mu kwandika amatariki, ukwezi kwandikwa mu magambo.
    Urugero: 2 Nzeri 1988
    – Aho umuntu yavukiye
    Aha, uwandika ashobora kugaragaza intara, akarere, umurenge, akagari cyangwa 
    umudugudu yavukiyemo.
    – Aho umuntu aherereye
    Aha uwandika ashobora kugaragaza intara, akarere, umurenge, akagari cyangwa 
    umudugudu atuyemo.
    – Irangamimerere
    Aha uwandika agaragaza ko ari ingaragu cyangwa se ko yubatse. Twibutse ko 
    uwubatse aba abana n’uwo bashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.
    – Uburyo uwamushaka yamubonamo
    Uwandika agaragaza uburyo uwamukenera yamubona. Ashobora gutanga 
    umurongo wa terefoni na aderesi ya interineti cyangwa bumwe muri ubwo buryo.

    c) Amashur
    Iki gice kigaragaza aho nyiri umwirondoro ahagaze mu rwego rw’ubumenyi. Ni yo 
    mpamvu uwandika, agomba guhera ku mpamyabumenyi nini afite agakomereza 
    ku zo yahereyeho ariko akazitondeka akurikije uko zikurikirana uhereye ku ya 
    vuba kugeza ku ya kera. Mu kwandika umwirondoro, amashuri ntatandukana 
    n’impamyabumenyi. Ugaragaza amashuri yize, avuga umwaka, aho yigaga, ibyo 
    yigaga n’impamyabumenyi yahakuye. Hari igihe amashuri ajyana n’ibitabo umuntu 
    aba yaranditse. Icyo gihe si ngombwa kubishyiraho keretse iyo bigira icyo byongera 
    ku kizere umuntu ashobora kugirirwa n’abo ashyikiriza umwirondoro. 

    d) Uburambe 
    Iki, ni igice cyo kwitonderwa kuko uwandika, aba agomba kwereka uwo yandikiye 
    icyo azi gukora n’igihe amaze agikora. Iyo yakoze mu myanya myinshi, ayishyiraho 
    ahereye ku wa nyuma aherukaho agenda agaragaza igihe yagiye ayimaraho. Hari 
    igihe umuntu aba yarakoze iyimenyerezamwuga. Ni ngombwa ko abishyiraho 
    cyanecyane iyo ataramara igihe kinini akora cyangwa se ari bwo bwa mbere yatse 
    akazi. Ibyo bishobora kumwongerera amahirwe imbere y’uwo aha umwirondoro. 

    e) Ubundi bumenyi
    Kumenya ibintu byinshi nta cyo bitwaye kuko ibyo umuntu azi byose bishobora 

    kumugirira akamaro mu buzima bwe bwa buri munsi. Iyo rero umuntu afite ubundi 

    bumenyi, ntashidikanya kubigaragaza ku mwirondoro we cyanecyane iyo bifitanye 
    isano n’akazi asaba. 
    Urugero: Kuba azi mudasobwa, kuba afite uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga... 

    f) Indimi 
    Hari igihe umwanya umuntu ashaka, uba usaba ubumenyi mu indimi z’amahanga. 
    Ni ngombwa rero ko uwandika umwirondoro, ashyiramo indimi zose azi. Mu kazi 
    ako ari ko kose,ubumenyi mu ndimi z’amahanga bwongerera amahirwe ugasaba. 
    Ukora umwirondoro rero, agaragaza urwego aziho urwo rurimi atabeshya. Ashobora 
    kuvuga ati: “Ururimi runaka nduzi neza cyane, nduzi neza, nduzi bihagije, biciriritse” 
    kuko kubeshya byamugiraho ingaruka mu gihe k’ikizamini k’ibiganiro.

    g) Ibyo akunda 
    Iki gice, kigizwe n’ibyo umuntu akunda, akora kandi bimushimisha. Ariko na none 
    ukora umwirondoro,agomba kumenya ko ibimushimisha bishobora no kumubera 
    imbogamizi yo kubona umwanya yifuza. Ni yo mpamvu kumenya ibyo ushyiramo, 
    byashingira ku kumenya amakuru ahagije y’uwagusabye umwirondoro. Bityo nawe 
    ukamenya aho ushyira imbaraga.

    h) Abantu bamuzi cyangwa abahamya 
    Iyi ngingo y’abantu bazi nyiri umwirondoro, si ngombwa buri gihe. Ariko hari 
    ababisaba mu mwirondoro bikaba ngombwa ko ijyamo. Abazi umuntu baba 
    bakenewe, ni abarimu bamwigishije cyangwa abakoresha bamukoresheje kuko 
    ukeneye umwirondoro wawe aba ashobora kubabaza ku bijyanye n’ubumenyi ufite 
    cyangwa se ubushobozi n’imyitwarire byawe mu kazi.
     

    i) Kwemeza ko ibyo uvuze ari ukuri no gushyiraho umukono 
    Iki ni cyo gice gisoza umwirondoro. Nyiri ukuwandik,a agomba gusoza yemeza 
    ko amakuru yatanze ari ukuri ko anashobora kugenzurwa. Hanyuma agashyiraho 
    itariki n’umukono we. 

    Umwitozo
    Saba abanyeshuri gukorera mu matsinda umwitozo uri mu bitabo byabo. Uwo 
    mwitozo ni uyu ukurikira: Kurikirana imbwirwaruhame yafashwe kuri radiyo maze 
    uyijore.
    Shaka imwirwaruhame iri mu majwi cyangwa mu majwi n’amashusho hanyuma 
    uyumvishe abanyeshuri. Saba abanyeshuri kuyijora bashingiye ku byo bize maze 
    bagaragaze ibyakozwe neza n’ibigomba kunozwa muri iyo mbwirwaruhame.
    Saba abanyeshuri, buri wese ku giti ke, kuzakora umukoro uri mu gitabo cyabo 

    maze bazawumurike mu isomo rizakurikira. 

    c) Urugero rw’umwirondoro
    Ibiranga umuntu 
    Nitwa:MUBERUKA Gaston 
    Data: KARIMANYI Joel 
    Mama: KABERA Marigueritte 
    Igihe navukiye: 2 Nzeri 1984 
    Aho navukiye: Intara ya Kumuhigo, Akarere ka Kagano, Umurenge wa Cyabayaga, 
    Akagari ka Mwungu. 
    Aho ntuye: Intara ya Kumuhigo, Akarereka Burehe, Umurenge wa Mataba, Akagari 
    ka Gaseke. 
    Irangamimerere: Ndubatse, mfite abana bane 
    Terefoni: 0788881111
    E-mail: muberuka-gaston@yahoo.fr 
    Akarere ka Burehe, Umurenge wa Mataba, Akagari ka Gaseke. 
    Amashuri nize 
    - 2003-2007: Amashuri makuru muri Kaminuza nkuru y’ u Rwanda. Impamyabushobozi 
    y’ikiciro cya kabiri mu Ndimi n’Ubuvanganzo Nyafurika. 
    - 1989-1994: Amashuri yisumbuye muri Seminari ya Runaba. Impamyabumenyi 
    y’amashuri yisumbuye mu ishami ry’Ikiratini n’indimi zivugwa. 
    - 1981-1988: Amashuri abanza mu Ishuri Ribanza rya Mataba. Ikemezo k’ikigo 
    cy’Amashuri Abanza cya Mataba. 
    Uburambe mu kazi 
    - 2011-2017: Umwarimu w’indimi muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye. 
    - 2008-2010: Umwarimu w’ Igiswayiri n’Ikinyarwanda mu Iseminari Nto ya Runaba. 
    - 2003-2004: Umwarimu w’Igifaransa n’Ikinyarwanda mu ishuri ryigenga APEDER 
    Mataba. 
    - 2000-2003: Umwarimu w’Igifaransa n’Ikinyarwanda mu ishuri ryisumbuye rya 
    Gakurazo. 
    Ubundi bumenyi 
    - Nziporogaramu ya mudasobwa yitwa “Word, Excel, Power Point, Access na 
    Publisher.
    - Mfite uruhushya rwo gutwara imodoka kategori ya B, nkaba nzi no kuyitwara.
    Umukoro
    Ishyire mu kigwi cy’umujyanama w’ubuzima wandike imbwirwaruhame ku ndwara 
    y’igituntu, uyigenere abaturage b’umudugudu runaka hanyuma uzayigeze kuri 
    bagenzi bawe.

    Indimi nzi kuvuga

                     

       Ibyo nkunda 

    Nyuma y’akazi, nkunda gusoma ibitabo. Nkunda umukino wo koga no gukina 
    umupira w’amaguru. 
    Abantu banzi:
    - UMUHIRE Jean: Umwarimu wange muri Kaminuza y’u Rwanda, Tel: 0788.......... 
    - Padiri KARAKE Samuel: Umukoresha wange igihe nigishaga muri Seninari Nto ya 
       Rubare Tel: 076................................ 
    - HAKIZIMANA Paul: Umuyobozi w’Ishami ry’Indimi muri Kaminuza y’u Rwanda 
    aho nigisha ubu, Tel: 0789...................... 
    Ngewe MUBERUKA Gaston ndemeza neza ko ibyo maze kuvuga ari ukuri kandi ko 
    bishobora kugenzurwa. 
    Bikorewe i Kagano, ku wa 25 Nyakanga 2017 
    MUBERUKA Gaston

    Umwitozo
    Saba abanyeshuri gukora umwitozo uri mu bitabo byabo buri wese ku giti ke .

    Yobora abanyeshuri bakore ikosora rusange ry’umwitozo.

                          

      Ubu urangije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye. Andika umwirondoro 
    wawe ukurikije ingingo twabonye zigize umwirondoro.
    Abanyeshuri batanga ibisubizo binyuranye kandi umwarimu akabafasha kubinoza 
    mbere yo kubyandika mu makayi yabo.

                     7.5.5 Amatangazo 

                               

                       1. Intangiriro

          Baza abanyeshuri ibibazo ku isomo baheruka kwiga  

                                

    a) Ni rihe somo twize ubushize
    Umwirondoro n’uko bawukora.
    b) Imbata y’umwirondoro ugizwe n’ibihe bice?
    Umwirondoro ugizwe n’ibice bikurikira:
    – Umutwe 
    – Ibiranga umuntu 
    – Amashuri 
    – Uburambe 
    – Ubundi bumenyi 
    – Indimi avuga 
    – Ibyo akunda 
    – Abantu bamuzi 
    – Kwemeza ko ari ukuri no gushyiraho umukono we.

     2. Uko isomo ryigishwa 
    Shyira abanyeshuri mu matsinda, ubasabe gukora igikorwa 7.5 kiri mu bitabo 
    byabo. Amatsinda amwe akore ku nshoza y’itangazo andi agaragaze ibiranga 
    itangazohanyuma abandi berekane ubundi bwoko bw’amatangazo. Bahe igihe cyo 
    gukora icyo gikorwa. Gendagenda mu ishuri ureba ko abanyeshuri basobanukiwe 
    ibyo bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho bukenewe.

    Igikorwa 
    Kora ubushakashatsi utahure inshoza n’uturango by’itangazo kandi ugaragaze 
    ubundi bwoko bw’amatangazo.
    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Amatsinda 
    asimburane amurika buri tsinda ingingo imwe. Yobora abagize andi matsinda kunoza 
    no kuzuza bisubizo byatanzwe hanyuma byandikwe ku kibaho, abanyeshuri bose 

    babyandike mu makayi yabo.

                            

    a) Inshoza n’uturango by’itangazo

    Itangazo rero ni inyandiko irimo ubutumwa bamanika ahantu, buca mu kinyamakuru 
    cyangwa kuri radiyo kugira ngo bumenyekane hagamijwe kwamamaza, kurangisha 
    cyangwa kumenyesha. Itangazo ni inzira cyangwa uburyo bwo kugeza ku bantu 
    amakuru runaka. Itangazo rirangwa n’ibi bikurikira:
    Mu itangazo, hagomba kubonekamo ibi bikurikira: 
    - Umutwe w’itangazo.
    - Utanze itangazo. 
    - Uwo rigenewe. 
    - Ahantu igikorwa rimenyesha kiri, cyabereye cyangwa kizabera. 
    - Itariki igikorwa rimenyesha cyabereyeho cyangwa kizabera.
     

    b) Ubwoko bw’amatangazo 
    Amatangazo arimo amoko anyuranye: amatangazo yo kubika, amatangazo yo 
    kumenyesha, amatagazo yo kwamamaza, amatangazo yo kurangisha n’ubutumire. 
    – Amatangazo yo kubika 
    Amatangazo yo kubika ni amatangazo atabaza agamije kumenyesha abantu ko 

    hari umuntu witabye Imana akanavuga igihe azashyingurirwa. 

    Urugero: 
    Itangazo 

    Umuryango wa Mporanyi Claudien ubarizwa mu Murenge wa Gashwi uramenyesha 
    inshuti n’ abavandimwe ko umubyeyi wabo Kanamugire Roger wari urwariye mu 
    bitaro bikuru bya Kinihira yitabye Imana none Ku wa gatatu tariki ya 23/5/2017. 
    Bimenyeshejwe inshuti n’ abavandimwe batuye mu murenge wa Gishamvu, 
    abakirisitu basengana na nyakwigendera muri paruwasi ya Mukingo n’ abo 
    bakoranaga ku bitaro bya Munini. Itariki yo gushyingura ni Ku wa gatandatu tariki 
    ya 26/5/2017. Inshuti n’ abavandimwe bihutire gutabara 
    Bikorewe Gashwi ku wa 23/05/2017 

    – Amatangazo yo kumenyesha
    Amatangazo yo kumenyesha ni amatangazo amenyesha abayumva amakuru 
    atandukanye nk’inama, akazi, isoko ry’ibintu, cyamunara... 

    Urugero: 
    Itangazo ryo kumenyesha 
    Mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cyahariwe ubuzima kizatangira ku wa 12 kugeza 
    ku wa 15/8 ,Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gasenyi bunejejwe no kumenyesha 
    abaturage bose bo mu Murenge wa Gasenyi ko batumiwe mu gikorwa cyo 
    kwipimisha ku bushake indwara ya Sida kizabera mu busitani bw’ uwo umurenge. 
    Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’ ubuzima n’ umuryango utabara 
    imbabare Croix-rouge. Muri ki cyumweru cyahariwe ubuzima, iki gikorwa kizajya 
    gitangira saa mbiri z’ igitondo gisoze saa kumi n’ imwe z’umugoroba. Abaturage 
    basabwe kwitabira kuko burya amagara araseseka ntayorwa. 
    Bikorewe i Gitaha ku wa 6/08/2015 
    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gasenyi. 

    – Amatangazo yo kwamamaza 
    Amatangazo yo kwamamaza ni amatangazo atangwa agamije kwamamaza 
    ibikorwa by’umuntu ku giti ke, by’ishyirahamwe, by’inganda, amashuri, kugira ngo 
    bimenyekane bibone ababigana mu buryo bwo kubiteza imbere. 

    Urugero: 
    Itangazo ryo kwamamaza 
    Uruganda rukora amasabune ruherereye mu cyanya k’ inganda i Masoro 
    ruramenyesha abantu bose ko rubafitiye amasabune ya “Urakeye” y’ ubwoko 
    bwose: ay’ amazi, ay’ ifu n’ ay’ imiti ku ngano yose wakwifuza. Ayo masabune 
    murayasanga mu masoko hose , mu maduka no ku ruganda. Ushaka kurangura 
    cyangwa utwara byinshi turagutwaza tukakugeza iwawe. Gana uruganda rw’ 
    amasabune“Urakeye” uce ukubiri n’ umwanda. 

    – Amatangazo yo kurangisha 
    Amatangazo yo kurangisha ni amatangazo atangwa igihe umuntu yatakaje ikintu, 
    yabuze umuntu kugira ngo ababimuboneye babimuhe cyangwa yatoye ibintu kugira 
    ngo nyirabyo abashe kubibona. 

    Urugero: 
    Itangazo ryo kurangisha
    Nzirorera Jemus utuye mu murenge wa Kinyoni ararangisha ibyangombwa 
    bye yabuze ku wa mbere tariki ya 01/11/2015, saa tatu za mu gitondo (09h00). 
    Ibyo byangobwa byaburiye mu mu muhanda Kigali- Butare. Bikaba ari ikarita 
    ndangamuntu, uruhushya rwo gutwara imoboka n’uruhushya rwo kujya mu 
    mahanga. Uwabibona yabimugereza ku buyobozi bw’ umurenge wa Kinyoni 
    cyangwa agahamagara kuri izi numero za telefoni 078.......akazahabwa ibihembo 
    bishimishije. 
    Bikorewe Kinyoni ku wa 2/11/2015 

    – Amatangazo atumira/ubutumire 
    Ubutumire ni inyandiko ngufi itumira umuntu cyangwa abantu kwitabira umunsi 
    mukuru runaka. Bene izi nyandiko twazigereranya n’amabaruwa y’ubucuti nubwo 
    zo zidakurikiza imiterere y’ayo mabaruwa. Ubutumire bukoreshwa mu minsi mikuru 
    inyuranye nko gushyingirwa, kubatirisha, kwizihiza isabukuru runaka, gutaha 
    igikorwa runaka, gusangira ku meza, kwishimira kugera ku gikorwa runaka nko 
    gufata impamyabumenyi... 
    Ubutumire burangwa n’imiterere yabwo yo kuba hagaragaramo ibintu by’ingenzi 
    bikurikira: 
    - Umutwe w’ubutumire 
    - Amazina y’utumira, 
    - Utumirwa, 
    Igikorwa umutumiramo, 
    Aho igikorwa kizabera. 

    Umunsi n’isaha kizaberaho

                                               

       Imyitozo

    Saba abanyeshuri gukora imyitozo uri mu bitabo byabo buri wese ku giti ke .

    Yobora abanyeshuri bakore ikosora rusange ry’umwitozo

                                                

    1. Andika amatangazo akurikira wubahiriza imiterere yayo: 
    a) Itangazo ryo kubika
    b) Itangazo ryo kumenyesha 
    2. Ishyire mu kigwi cy’umuyobozi w’ishuri ryisumbuye wigamo, wandike 
    ubutumire bw’umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 

    barangiza no kwizihiza isabukuru y’ imyaka 25 ikigo kimaze gishinzwe.

                   7.5.6 Interuro yoroheje

                         

            1. Intangiriro

    Baza abanyeshuri ibibazo ku isomo baheruka kwiga

                                 

      a) Ni rihe somo twize ubushize
    Ubushize twize inshoza, uturango n’ubwoko bw’amatangazo.

    b) Ni iki uwandika itangazo yitaho? Uwandika itangfazo yita kuri ibi 
    bikurikira:

    – Umutwe w’itangazo.
    – Utanze itangazo. 
    – Uwo rigenewe. 
    – Ahantu igikorwa rimenyesha kiri, cyabereye cyangwa kizabera. 
    – Itariki igikorwa rimenyesha cyabereyeho cyangwa kizabera.
     

    c) Ni ubuhe bwoko bw’amatangazo waba uzi? 
    Amatangazo ashobora kuba ayo:
    – Kubika
    – Kumenyesha
    – Kwamamaza
    – Kurangisha
    – Gutumira

    2. Uko isomo ryigishwa 
    Shyira abanyeshuri mu matsinda, ubasabe gukora igikorwa 7.6 kiri mu bitabo 
    byabo. Amatsinda amwe akore ku nshoza y’isanishaandi agaragaze ubwoko 
    bw’isanisha hanyuma abandi berekane imimaro y’amagambo mu nteruro yoroheje. 
     Bahe igihe cyo gukora icyo gikorwa. Gendagenda mu ishuri ureba ko abanyeshuri 
    basobanukiwe ibyo bagomba gukora kandi utanga ubufasha aho bukenewe.

    Igikorwa 
    Kora ubushakashatsi, utange inshoza y’isanisha, ubwoko bw’isanisha kandi 
    ugaragaze imimaro y’amagambo mu nteruro yoroheje.

    Igihe wabahaye kirangiye, saba abanyeshuri kumurika ibyo bakoze. Amatsinda 
    asimburane amurika buri tsinda ingingo imwe. Yobora abagize andi matsinda kunoza 
    no kuzuza bisubizo byatanzwe hanyuma byandikwe ku kibaho, abanyeshuri bose 

    babyandike mu makayi yabo. 

                             

    Interuro yoroheje, interuro shingiro cyangwa interuro fatizo ni interuro 
    igizwe n’amagambo abiri cyangwa arenga ahuriye ku nshinga imwe itondaguye 
    yumvikanisha ubutumwa bumwe, budasobekeranye. Amagambo agize interuro 
    yoroheje, agirana isano kandi akagira imimaro itandukanye muri iyo nteruro.

    a) Isanisha
    Isanisha ni uburyo bwo guhuza amagambo mu irema ry’interuro ku buryo ijambo 
    ry’ibanze riha amagambo aryungirije akarango karyo. Isanisha rigira amoko 
    atandukanye:
    – Isanisha nyantego 
    Isanisha nyantego, ni isanisha aho ijambo ry’ibanze riha amagambo aryungirije 
    intego ya kamwe mu turemajambo twaryo.
     

    Ingero: 
    Iki gikamyo kinini gitwara imizigo myinshi. 
    Icyambu kinini gifasha mu bwikorezi.

    – Isanisha nyanyito 
    Isanisha nyanyito, ni isanisha rishingira ku kivugwa n’ijambo ry’ibanze. Rikoreshwa 
    akenshi ku magambo adafite indomo n’indanganteko cyangwa afite indanganteko 
    zumanye (zidatandukana) n’igicumbi (Mugabo, Bahizi, Rukundo, mukecuru…). Iyo 
    ikivugwa ari umuntu cyangwa abantu, isanisha ribera mu nteko ya mbere cyangwa 
    iya kabiri. Iyo ikivugwa ari inyamaswa cyangwa ikindi kintu, isanisha rikorwa mu 

    nteko ya kenda cyangwa iya cumi. 

    Ingero: 
    Bihogo aratashye.
    Ba Bihogo baratashye.
    Bihogo iratashye.
    Za bihogo ziratashye.
    – Isanisha nyurabwenge 
    Isanisha nyurabwenge,ni isanisha rikorwa iyo ibivugwa ari inshinga iri mu mbundo 
    cyangwa uruvangerw’amagambo adahuje inteko. Isanisha nyurabwenge rikorerwa 
    mu nteko ya 8. 

    Ingero: 
    Kurya birashimisha 
    Gutwarana abantu n’ibintu birabujijwe. 
    Bakame n’impyisi birazirana.
    Umugabo, ihene n’igare byahuriranye.

    – Isanisha nyazina 
    Isanisha nyazina, ni isanisha rishingira ku ndanganteko yumanye n’igicumbi. 
    Ingero: 
    Rutegaminsi rwa Tegera yari inyangamugayo.
    Bikungero bya Murema afite ibihangano byiza. 
    Nyakayonga ka Musare. 

    – Isanisha mpisho 
    Isanishampisho, ni isanisha rikorwa igihe ikivugwa kitazwi cyangwa kitagaragajwe. 

    Ingero: 
    Karabaye noneho. 
    Umugore n’umugabo rwambikanye. 
    Karahanyuze twarabyinnye biratinda. 

    – Uruvange rw’isanisha 
    Uruvange rw’isanisha ni isanisha rigengwa n’inteko zitandukanye kandi rigengwa 

    n’ijambo rimwe. 

    Ingero: 
    Igisonga cya Papa arahagurutse. (nt7 na nt1) 
    Nyina w’iki kimasa irashaje. (nt1, nt9) 

    b) Imimaro y’amagambo mu nteruro.
    Imimaro y’amagambo mu nteruro yoroheje ni itatu.
    – Ruhamwa 
    Ruhamwa ni ijambo cyangwa itsinda ry’amagambo rigaragaza ukora igikorwa 
    cyangwa uwerekezwaho imimerere n’imico bivugwa n’inshinga iri mu nteruro.

    Ingero: 
    Abana barakina umupira. Umuhungu n’umukobwa bakuru baze. 
    Bake barabona ibihembo. Niyonkuru yicaye ku ntebe. 
    Uyu natahe. Kwiga birananiza. 
    Usakuza arasohoka. Haragenda abahinzi gusa.
     

    – Izingiro ry’interuro cyangwa ipfundo ry’ubutumwa
    Izingiro ry’interuro cyangwa ipfundo ry’ubutumwa, ni igice k’interuro kigira icyo 
    kivuga kuri ruhamwa. Iki gice kigaragazwa n’inshinga mu nteruro.
    Ingero: 
    Umurimo utugeza kuri byinshi. Aba bana babereye ubutore. 
    Ibitabo byabo birashaje. Abaporisi benshi baritonda. 
    Abana be barabyibushye. 
    – Icyuzuzo 
    Icyuzuzo ni ijambo cyangwa itsinda ry’amagambo rijyana n’inshinga rikayisobanura 
    cyangwa rikayuzuza. 

    Ingero 
    Kabayiza arubaka inzu. Urukwavu rurya kimari. 
    Wa mugabo arahinga cyane. Uyu mwana yiga mu gitondo. 
    Kagabo avuga buhoro cyane. Bagenda amaterekamfizi.
    Uze kunsanga haruguru. Umwana yabaye mu nzu biratinda.

    Nagiyeyo kenshi. Ibyo bintu twabyumvise rimwe. 

    Imyitozo
    Saba abanyeshuri gukora imyitozo uri mu bitabo byabo buri wese ku giti ke .

    Yobora abanyeshuri bakore ikosora rusange ry’umwitozo. 

                               

    1. Garagaza ubwoko bw’isanisha bwakoreshejwe muri izi nteruro.
    a) Uyu mugabo mugufi afite imbaraga. b) Amatungo n’ibikoresho byahenze.
     c) Karababonye. 
    2. Tanga urugero rw’interuro ikoreshejwemo: 
    a) Uruvange rw’isanisha. b) Isanisha nyazina. 
    c) Isanisha nyanyito.
    3. Mu nteruro zikurikira erekana ruhamwa.
    a) Imineke irya abana. b) Igikombe k’ibihugu kizakinirwa he? 
    4. Erekana ibyuzuzo mu nteruro zikurikira
    a) Uyu mwana akunda imineke. b) Inkwavu zawe zirahenda cyane.
    c) Twabasuye kenshi. d) Baririmbye indirimbo ndende.

                  7.5.7 Isuzuma rusoza umutwe wa karindwi

                       

    Ifashishe ibibazo biri mu gitabo cy’umunyeshuri hanyuma utegurire abanyeshuri 
    isuzuma. Saba abanyeshuri kwitegura gukora isuzuma risoza umutwe wa mbere 

    buri wese ku giti ke. 

                                    

        I. Inyunguramagambo

    1. Andika interuro imwe kuri buri jambo ushingiye ku nyito rifite mu 
    mwandiko 

    a) Kutagira urwara rwo kwishima
     Uriya mu ryango ntugira n’urwara rwo kwishima kubera ubukene.
    b) Umukungu
     Iyo umuntu afite ibitekerezo byubaka aba umukungu.
    c) Igishoro
     Babonye igishoro batangira gucuruza.
    d) Guca inshuro
     Baca inshuro buri munsi kubera kutagira isambu.
    2. Simbuza amagambo atsindagiye ari mu nteruro zikurikira andi ari mu 
    mwandiko bisobanura kimwe: 

    a) Wa muhungu yakurikiranywe n’umuvumo wa se. 
     Wa muhungu yokamwe n’umuvumo wa se.
    b) Mahoro yarakize none yubatse inzu ndende cyane nyinshi.
     Mahoro yarakize none yubatse imiturirwa myinshi.
    3. Simbuza amagambo ari mu nteruro zikurikira imbusane zazo. 
    a) Mariya asigaye ari we mukungu mu kagari kabo.
     Mariya asigaye ari we mukene mu kagari kabo.
    b) Abagore na bo biteje imbere.
         Abagabo na bo biteje imbere.

    II. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Sobanura uburyo kujya guca inshuro kwa Mahoro ari byo byaba 
    byaramuhesheje amahirwe. Kujya guca inshuro kwa Mahoro ni byo byaba 
    byamuhesheje amahirwe kuko ni ho yahuriye Kabonero maze amugira 
    inama yo gukora imbabura za canamake, aba ari ho bahera bihangira 
    umurimo basezerera guca inshuro batyo.
    2. Ni iyihe mirimo abavugwa muri uyu mwandiko bihangiye? Abavugwa muri 
    uyu mwandiko bihangiye imirimo inyuranye: gukora imbabura no gukora 

    amasabune.

     3. Ni irihe somo abatishoboye bakwigira kuri Mahoro na Kabonero? 
     Isomo abatishoboye bakwigira kuri Mahoro na Kabonero ni iryo kwihangira 
    imirimo bagakora cyane kugira ngo biteze imbere. 
    4. Sobanura uko umushinga wa Mahoro na Kabonero wabungabunze 
    ibidukikije? 
    Umushinga wa Mahoro na Kabonero wabungabunze ibidukikije kubera 
    ko imbabura bakoraga zakoreshaga amakara make bityo amashyamba 
    ntatemwe cyane.
    5. Umutwe w’inkuri ni “Si karande”. Ese ni iki bavuga ko atari karande ukurikije 
    ibivugwa mu nkuru Icyo bavuga ko atari karande ni ubukene.
    6. Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko. 
    Ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko:
    – Ubukene bwa Mahoro
    – Kujya guca inshuro kwa Mahoro mu majyaruguru.
    – Guhura na Kabonero kwa Mahoro mu majyaruguru.
    – Gutangira umushinga wo gukora imbabura mu makoro kwa Mahoro na 
    Kabonero.
    – Kwaguka ku mushinga wa Mahoro na Kabonero.
    – Gutera imbere kwa Mahoro na Kabonero.
    – Gushinga uruganda rukora amasabune k’umugore wa Mahoro n’umugore wa 
    Kabonero.
    – Kuba ikitegererezo kwa Mahoro na Kabonero ku baturanyi babo.
    7. Vuga ubundi buryo bwo kwihangira umurimo butavuzwe mu mwandiko.
    Ubundi buryo bwo kwihangira umurimo butavuzwe mu mwandiko:
    – Gukora ifumbire
    – Kudoda inkweto
    – Kubumba amatafari
    – Kubaza ibikoresho binyuranye.
    III. Ibibazo ku kibonezamvugo
    1. Kora interuro zigaragaramo: 
    a) Isanisha nyantego 
    b) Isanisha nyanyito 
    c) Isanisha nyurabwenge 

    d) Isanisha nyazina 

    2. Garagaza imimaro y’amagambo mu nteruro zikurikira: 

    – Iyi nama yabereye Arusha. 

    – Ubwikorezi buzanira u Rwanda imisoro myinshi.

    UMUTWE WA 6 GUKUNDA IGIHUGUTopic 9