Topic outline

  • UMUTWE WA 1 KUBAKA UMUCO W’AMAHORO

    ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe
    -- Gusesengura umwandiko ku kurwanya ihohotera no kugaragaza
    ingingo z’ingenzi ziwugize.
    -- Gusesengura amagambo aturuka ku ikomora hagaragazwa

    uturemajambo twayo.

    Igikorwa cy’umwinjizo
    Ushingiye ku bumenyi bwawe bwite, sobanura ihohoterwa, uko rivuka,

    ibiritera, ingaruka zaryo n’ingamba zo kurikumira hubakwa umuco w’amahoro

    I.1. Umwandiko: Umwana wahohotewe


    “Uriya mugore se ko mbona ari kwivugisha amagambo menshi yiyesura,
    byamugendekeye bite? Cyo re! Dore aricara agahita ahaguruka akajya
    kurunguruka mu idirishya akongera akicara. Uriya ni umurwayi pe! Noneho
    ndabona atangiye kwishima mu mutwe, ubanza uyu munsi yacanganyikiwe!
    Cyangwa uburwayi bwo mu mutwe abumaranye iminsi! Yewe, ubanza yataye
    umutwe, reka mwegere nankundira tukaganira ndareba icyo namufasha.” Nkimara
    kugisha umutima inama, nibaza uko ngiye kumwegera ngo muganirize. Mu gihe
    ntarahaguruka, atangira kuvugira hejuru mu ijwi riranguruye asakuza cyane agira
    ati: “Ubu koko turerere he? Mu ngo tubasigira abakozi bakabahohotera! Mu
    baturanyi na ho harimo inyangabirama zibahohotera! Ku mashuri na ho hari
    abarezi bamwe na bamwe babahohotera. Iki ni ikibazo gikomeye Leta igomba
    gukumira amazi atararenga inkombe”!

    Ibyo yabivugaga ubona ababaye ariko kubera ko nta muntu yavugishaga,
    abari aho dukomeza kumuhanga amaso gusa dukeka ko yaba afite ikibazo
    cyo mu mutwe. Yari yambaye ingutiya ndende n’agapira gusa. Nta nkweto
    yari yambaye ariko bigaragara ko yari umuntu usanzwe ari umusirimu. Ibirenge
    bye byari byuzuyeho uburimiro ndetse n’intoki zuzuye ibitaka boshye umuntu
    wahoze ahinga. Hashize akanya gato arongera atangira gusakuza. Ati: “Abana
    bacu tubahungishirize he? Mu ngo barahohoterwa, mu baturanyi ni uko, none
    n’abakabarinze barabahohotera! Ni ishyano! Ni ishyano nta we naribwira weee!

    Sinamutanga weee! Oya!”

    Uko yakomezaga gusakuza ni na ko yajyaga ahaguruka akongera agakubita ijisho
    mu idirishya ryari hejuru y’aho yari yicaye. Hashize akanya hasohoka umuganga
    wari wambaye itaburiya y’umweru tubona amuhereje imyenda yari asohokanye
    asa n’umwihanganisha, arongera arinjira naho wa mugore akomeza kwicara
    aho. Ngeze aho ndamwegera. Ku bibero bye yari ahafite imyenda muganga yari
    amaze kumuhereza, nitegereje mbona ni agakariso kabaye ubushwangi n’akajipo
    kakwira umwana w’imyaka itanu kacikaguritse kandi kahindutse amaraso. Mugeze
    iruhande, ndamusuhuza anyikirizanya ishavu n’agahinda. Yari yataye umutwe ku
    buryo ibyo namubazaga byose yansubizaga igisubizo kimwe gusa kidafitanye
    isano n’icyo mubaza: “Ni se”. Nti: “Byagenze bite”? Ati: “Se”. Nyuma yo kumara
    umwanya muvugisha akansubiza ibiterekeranye, mpitamo kumuhagurutsa aho
    yari yicaye ndamusindagiza mugeza aho batangira ubufasha ku bahungabanye.
    Mwinjiza mu nzu, tuhasanga umukobwa ubishinzwe amwereka aho yicara.

    Mu gihe atangiye kumuganiza nge ndasohoka. Nkigera hanze mpahurira
    n’abagore babiri bari bavuye gukingiza barimo baganira. Sininjiye mu kiganiro
    cyabo ariko nkomeza kugikurikira. Baganiraga bavuga umugabo wahohoteye
    umwana we wiga mu mashuri y’inshuke amusanze mu rugo wenyine nyina
    yagiye mu murima. Nkimara kubyumva nsanisha iyo nkuru n’uko wa mugore
    yansubizaga, nibuka ko yasaga nk’uvuye mu murima nkeka ko umwana bavuga
    ari uwe. Nsubira mu nzu aho nari namusize nsanga yacururutse aganira na
    wa mukobwa. Mpageze ashaka guceceka ariko wa mukobwa aramubwira ati:
    “ Komeza nta kibazo uyu ni we wakuzanye aha”. Arakomeza aramutekerereza.
    “Bahise bampamagara ndi guhinga ngo Karake, umugabo wange, yaje avuye mu
    kabari yasinze kanyanga amufata ku ngufu. Nahise mva mu murima aho nufiraga
    amasaka nsanga umwana aravirirana ni ko kumuzana kwa muganga. Nongeye
    kugarura ubwenge nisanga aha tuganirira”.

    -- None se Karake asanzwe anywa kanyanga?
    -- Yayinywaga ariko nta kindi gihe yigeze akora ishyano nk’iryo.
    Wa mukobwa asa n’uguye mu kantu, aceceka akanya gato maze bimwanga
    mu nda akomeza kumuganiriza.

    -- Buriya rero sinaba ngushinyaguriye nkubwiye ko ishyano ryaguye iwanyu
    nawe warigizemo uruhare. Iyo ubonye uwo ari we wese akoresha
    ibiyobyabwenge ntabwo uba ukwiye kumuhishira. Kwinumira ni nko kureka
    igitambambuga iruhande rw’umunyotwe. Kiwugeraho kikawusandaguza
    boshye ivu. Nyamara iyo uba warabigejeje ku bayobozi bari ku mugorora
    bakamugira inama akareka kanyanga. Ndakubwiza ukuri nta mubyeyi
    muzima wakorera umwana we ibya mfura mbi nka biriya. Ni ikibazo
    k’ingaruka z’ibiyobyabwenge. Ikindi kandi ni ngombwa kujya tuganiriza
    abana bacu tubigisha gutahura abantu bafite ingeso mbi, bashobora
    kubahohotera. Ibyo byatuma bamenya kuvumbura ufite umugambi mubisha
    wo kubahohotera bakamuhungira kure.

    Wa mugore yari yagaruye akenge yumva ibyo umukobwa amubwira atuje.
    Hashize akanya abaza wa mukobwa.

    -- None se ubwo Leta izamuhanisha iki? Si ukumufunga burundu ngahinduka
    umupfakazi?
    -- Leta nta nyungu iba ifite mu gufunga abantu burundu, icyo iba igamije ni
    ukugorora umuhemu uba wakoze icyaha. Iyo amaze kwigishwa imyitwarire
    ye ikagaragaza ko ibyatumye akora icyo cyaha atabisubira, baramufungura
    akagaruka gufatanya n’abandi kubaka igihugu. Si byiza rero guhishira
    uwakoze ishyano nk’iryo kuko uba umutesheje amahirwe yo kugororwa
    ngo ahinduke muzima. Umuzima arafungurwa naho umutindi unangira
    ntagaragaze ko yicuza ibyo yakoze ni we ufungwa burundu.
    -- Urakoze kubera ibisobanuro umpaye n’inama ungiriye, ndumva nacururutse
    reka nge kureba uko umwana ameze ubu muganga yanshatse arambura.
    Akimara kumushimira, turasohokana twerekeza aho bakirira abarwayi baje ari
    indembe; hamwe nari namukuye yataye umutwe. Tuhageze umwe mu baganga
    bari bahari amubwira ko ategereza gato, ko umwana arimo gukurikiranwa
    n’abaganga kandi ko ibizamini byafashwe babijyanye muri raboratwari kureba

    niba nta bundi burwayi yaba yatewe n’ihohoterwa yakorewe.

    1.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko






    1. Inshoza y’ikomoranshinga

    Ikomoranshinga ni ihimba ry’inshinga nshya uhereye ku bicumbi by’andi
    magambo asanzwe mu rurimi cyangwa imizi y’inshinga. Hari amatsinda
    abiri y’ikomoranshinga: ikomoranshinga mvazina n’ikomoranshinga
    mvanshinga.

    2. Inshoza y’ikomoranshinga mvazina
    Ikomoranshinga mvazina ni ihimba ry’inshinga uhereye ku bicumbi by’amazina

    asanzwe ari mu rurimi.

    a) Gukomora inshinga ku izina
    Gukomora inshinga ku izina ni byo byitiriwe ikomoranshinga mvazina. Iri
    komoranshinga rikoresha ingereka zikurikira: -h-;-k-; -r-; -ah-ar-, -ik-,-ur-,

    Ingero:

    Ingero:


    b) Gukomora inshinga ku izina hadakoreshejwe ingereka
    Hari inshinga zikomoka ku mazina ariko hadakoreshejwe ingereka.

    Ingero:


    c) Uturemajambo tw’inshinga zo mu ikomoranshinga mvazina
    Inshinga zishingiye ku ikomoranshinga mvazina zifite uturemajambo dusa
    neza n’utw’inshinga isanzwe. Twabonye ko uturemajambo tw’inshinga ari:
    akano, indanganshinga, impakanyi, igenantego/indangagihe,
    inyibutsacyuzuzo, umuzi, ingereka n’umusozo.
    Inshinga yavutse kubera ikomoranshinga ishobora kugira utwo turemajambo
    twose cyangwa tumwe muri two.

    Ingero
    -- Inuma iraguguza cyane.
    -- Ukwezi n’izuba bimurikira abantu bose.

    -- Uyu mwana agomba kugirwa inama zimunezeza kuko amaze gusorekara.

    


    1.3.1 Inshoza y’ikomoranshinga mvanshinga
    Ikomoranshinga mvanshinga ni ihanga ry’inshinga nshya uhereye ku mizi
    y’inshinga zisanzwe mu rurimi. Iri komoranshinga rikoresha ingereka

    zitandukanye. Twabonye ko ingereka ari uturemajambo tujya hagati y’umuzi

    n’umusozo tukazanira inshinga ingingo nshya. Twabonye kandi ko iyo umuzi
    wiyunze n’ingereka bibyara igicumbi gishya kitwa intima.

    Ingero:


    I.3.2. Uturemajambo tw’inshinga zo mu ikomoranshinga mvanshinga
    Inshinga zishingiye ku ikomoranshinga mvanshinga na zo zifite uturemajambo
    dusa neza n’utw’inshinga isanzwe.
    Inshinga yavutse kubera ikomoranshinga mvanshinga ishobora kugira utwo
    turemajambo twose cyangwa tumwe muri two nko mu ikomoranshinga mvazina.
    Ingero
    a) Nibatazabimujanishiriza azabyibagirwa kuko azaba ari kwambarira
    urugamba.

    b) Murakomangwa n’umutima ngo muge gufasha uwahohotewe.


    1. Garagaza izindi nshinga zishobora gukomorwa ku mizi y’inshinga
    zikurikira:
    a) Guhemuka b) Kubaka c)Gufotora
    2. Garagaza uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi by’inshinga
    zitsindagiye.
    a) Umwana, umugore n’undi muntu wese bazira guhohoterwa.
    b) Gukubitagura abantu ntibishimisha inyangamugayo ziharanira
    amahoro.
    c) Kumanuza ni ugusaba umuntu ibyo adashoboye.
    d) Kanyana aturanye n’abayobozi beza bita ku bo bayobora.
    e) Si byiza gutagaguza iby’abandi.

    I.4. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
    Ugendeye ku mabwiriza agenga ihangamwandiko, hanga umwandiko ufite
    hagati y’imirongo mirongo itatu na mirongo ine ku nsanganyamatsiko ikurikira:
    “Gukumira ihohoterwa ni ishingiro ryo kubaka umuco w’amahoro arambye”.
    Mu magambo agize uwo mwandiko hagaragaremo inshinga zikomoka ku

    ikomoranshinga.

    I. 5. Isuzuma risoza umutwe wa mbere
    Umwandiko: Turwanye ihohoterwa
    Mu muco nyarwanda, kubaha ubuzima ni indangagaciro mpuzabantu kuko
    ubwo buzima umuntu abwifuriza abandi, akabuhabwa n’abandi, na we akabuha
    abandi. Kubaho mu mudendezo bishingira ku muco w’amahoro wubakwa mu
    muryango uwo ari wo wose kandi bikagerwaho umuntu yiyushye akuya kuko
    binyura mu nzira nyinshi harimo no kurwanya ihohoterwa. Guhohotera umuntu
    ni ukumwiyenzaho atakwakuye cyangwa se ataguteyeho amahane, kumuvutsa
    ibyo afiteho uburenganzira bitewe n’uko umurusha imbaraga cyangwa umufiteho
    ububasha.

    Buri muntu wese agira agaciro ahabwa na kamere avukana maze uburenganzira
    bwe ntibube umurage w’ababyeyi cyangwa undi muntu. Nta mpamvu n’imwe
    ishobora gutuma hagira uhohoterwa kabone n’ubwo amategeko y’umuryango
    runaka yaba abangamira ubwoko ubu n’ubu, abantu b’igitsina iki n’iki, idini,
    ururimi, abo badasangiye igihugu, umutungo, ikiciro cy’abaturage bavukamo,
    ibitekerezo byabo n’ibindi. Kurwanya ihohoterwa bishingira ku mahame amwe
    n’amwe y’uburenganzira bwa muntu nko kwishyira ukizana, kugira umutekano no
    kugira imibereho myiza. Uko byaba kose n’uko byagenda kose, agaciro ka muntu
    ntikagabanywa, ntikanasubizwa inyuma kandi gashimangirwa n’amategeko
    mpuzamahanga ibihugu biba byaremeye, bikanayashyiraho umukono. Nubwo
    bimeze bityo, si ko hose byubahirizwa.

    Burya koko nta kabura imvano, ibitera ihohoterwa ni imyumvire mibi, imyifatire
    n’imyitwarire bitaboneye harimo ubusambanyi, kunywa ibiyobyabwenge, ubugizi
    bwa nabi n’ibindi byinshi. Ihohoterwa kandi rigaragarira mu mvugo isesereza,
    isebanya no mu bikorwa bitesha agaciro ikiremwa muntu nko gufata ku ngufu,
    gukoresha imirimo ivunanye, gutoteza, n’indi migirire igayitse igira ingaruka ku
    bato n’abakuru. Imvugo n’ibikorwa by’ihohoterwa bigira inkurikizi zitabarika ku
    babikorewe nko kwiheba, gutakaza ikizere, kwiheza mu bikorwa bitandukanye,
    kugira ipfunwe, kugira ihungabana n’izindi.

    Kugira ngo hirindwe izo ngaruka, buri wese akwiye kuba umusemburo
    w’amahoro, ayasakaza mu bandi mu migirire ye ya buri munsi. Bajya bavuga
    ngo: “Kwirinda biruta kwivuza.” Ni ngombwa gufata ingamba zikumira ihohoterwa
    bigizwemo uruhare n’inzego z’ubuyobozi ku bufatanye n’abaturage n’imiryango
    yigenga. Ibyo byagerwaho habayeho gushyiraho amategeko n’ibihano bikwiye
    ku bahohotera abandi, guhugura abantu b’ibyiciro binyuranye, gutegura
    amarushanwa yamagana ihohoterwa iryo ari ryo ryose, gushyiraho amatsinda
    n’ibigo byihariye bishinzwe gukumira no kurwanya ihohoterwa n’ibindi.
    Bityo rero, umuco w’amahoro ugomba guhera ku muntu ubwe, akawusakaza
    mu bandi, ugakwira igihugu ndetse n’isi yose kuko “Ijya kurisha ihera ku rugo”.
    Buri wese ahamagariwe kuba ijisho rya mugenzi we, akagaragaza hakiri kare
    imyitwarire yatuma umuryango uhungabana ntugere ku iterambere rirambye.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Uburenganzira bwa muntu bugaragazwa n’iki?
    2. Ni izihe ngaruka zishobora kuba ku muntu wahohotewe?
    3. Ni izihe ngamba zafatwa kugira ngo hakumirwe ihohoterwa?
    4. Tanga ingero byibura eshanu zigaragaza ibikorwa by’ihohoterwa.
    5. Wafasha ute uwahohotewe?
    6. Ni ba nde bakwiye kurwanya ihohoterwa?
    II. Ibibazo by’inyunguramagambo
    1. Simbuza ijambo (amagambo) ryanditse ritsindagiye, impuzanyito iri mu
    mwandiko.
    b) Uwahohotewe ntabaho mu mahoro.
    c) Mu muco nyarwanda birabujijwe kwambura umuntu uburenganzira bwe.
    d) Ufashwe ku ngufu ashobora gukurizamo kugira ikangarana rikomeye.
    e) Dutozwa kwirinda gukoresha imvugo ibabaza umuntu.
    2. Kora interuro ngufi ukoresheje amagambo akurikira:
    a) Umurage
    b) Kwishyira ukizana
    c) Ibiyobyabwenge
    d) Ipfunwe
    3. Uzurisha izi nteruro amagambo avuye mu mwandiko.
    a) Umuntu muzima arangwa n’…..mwiza wo guha …….buri muntu.
    b) U Rwanda rwashyizeho……. arengera ikiremwa muntu.
    c) ) Kurwanya….ni inshingano yacu twese.
    Iii. Ibibazo by’ikibonezamvugo
    1. Tanga ingero ebyiri z’inshinga zifite imizi yakomotse ku mazina.
    2. Garagaza uturemajambo tw’inshinga zitsindagiye ugaragaze n’amategeko
    y’igenamajwi.
    a) Twirinde gusesagura ubuzima budatangwa na muntu.
    b) Ibimenyetso byose birafotorwa.

    c) Gukazanura byaracitse mu muco nyarwanda.



  • UMUTWE WA UBURINGANIRE N’UBWUZUZANYE 2

    II.1. Umwandiko: Uburinganire n’ubwuzuzanye mu

    muryango


    Bayobozi b’utugari n’imidugudu igize Umurenge wa Munanira,
    Baturage mutuye mu Murenge wa Munanira,
    Nongeye kubasuhuza, nimugire amahoro! Nyuma y’iki gikorwa cy’umuganda cyari
    cyaduteranyirije hano, ndagira ngo mbamenyeshe ko uyu munsi hateganyijwe
    kuganira ku buringanire n’ubwuzuzanye mu muryango.
    Nkaba ngira ngo mbamenyeshe ko icyo kiganiro tugiye kukigezwaho
    n’Umunyarwandakazi wishimira ibyiza Leta y’u Rwanda yagejeje ku bakobwa
    n’abagore.

    Madamu Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Munanira, uyu
    mwanya ni uwanyu kugira ngo mugeze ku baturage ikiganiro mwabateguriye.
    Murakoze!

    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira,
    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,

    Baturage b’Umurenge wa Munanira, nimugire amahoro!
    Nk’uko byari biteganyijwe, nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyabaye uyu
    munsi, tugiye kuganira ku buringanire n’ubwuzuzanye mu muryango. Sintwara
    umwanya munini, ngiye kubaganiriza iminota mike. Ndabanza nsobanure
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mbabwire impamvu Leta y’u Rwanda
    yashyizeho ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mbahe n’ingero zinyuranye
    zigaragara mu muryango nyarwanda, nsoreze ku ngamba zo gukomeza gukora
    ubukangurambaga kugira ngo iri hame rirusheho kumvikana neza.

    Bayobozi bo mu Murenge wa Munanira,
    Baturage b’Umurenge wa Munanira,
    Uburinganire n’ubwuzuzanye bugaragara igihe abagore n’abagabo bafite
    uburenganzira bungana n’amahirwe angana mu byo bakora no mu byo
    bagenerwa n’amategeko. Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kwimakaza
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hashimangirwe uburenganzira
    bungana ku bagize umuryango nk’uko biteganywa n’itegeko no 51/2007 ryo ku
    wa 20/09/2007 rigena inshingano, imiterere n’imikorere by’urwego rushinzwe
    kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore
    mu iterambere ry’Igihugu.

    Impamvu Leta y’u Rwanda yashyizeho ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
    y’abagore n’abagabo ni ukubera ko abagore bahezwaga mu iterambere
    ry’umuryango n’iry’Igihugu muri rusange. Hari ingero nyinshi zigaragaza ko
    abagore bahezwaga.

    Wasangaga nko mu muryango, umugore ataragiraga uburenganzira ku mitungo,
    ari aho yavutse ari n’aho yashatse. Ntiyari yemerewe gutanga igitekerezo
    cyangwa kugira uruhare ku myanzuro yafatwaga mu rugo. Bityo rero, umugabo
    ni we wari ishingiro ry’iterambere ry’umuryango. Iyo umugore yageragezaga
    gutanga igitekerezo gishobora gutuma umuryango utera imbere hacibwaga
    imigani inyuranye yo kumukandamiza ngo: “Uruvuze umugore ruvuga umuhoro,
    ingabo y’umugore iragushora ntigukura, nta nkokokazi ibika isake ihari, umugore
    arabyina ntasimbuka… ”. Ibi biragaragaza ko nta buringanire n’ubwuzuzanye
    bwariho icyo gihe.

    Mu mirimo yo mu rugo, wasangaga abahungu n’abakobwa badafatwa kimwe.
    Hari imirimo yaharirwaga abakobwa nko gukora isuku yo mu rugo, guteka,
    kurera abana, gusenya, gutera intabire, kwita ku matungo… Hari n’imirimo
    yaharirwaga abahungu nko kwasa inkwi, guhinga no kuragira... Ibyo bigaragaza
    ko mu muryango nyarwanda, nta hame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryarimo.
    Aho amashuri aziye, umuryango ntiwahaga ibitsina byombi uburenganzira
    bungana. Wasangaga umubare munini w’abakobwa batarangiza amashuri kuko
    bagombaga gufasha ababyeyi imirimo yo mu rugo. N’aho wasangaga biga,
    wasangaga ari bake. Iyo mu rugo hatsindaga umuhungu n’umukobwa, ababyeyi
    boherezaga umuhungu gusa.

    Mu iterambere ry’Igihugu na ho, abagore ntibashyirwaga mu nzego zifata
    ibyemezo. Mu myanya ya poritiki, ubutabera n’umutekano, umubare w’abagore
    wari muto cyane. Mu burezi, wasangaga amashuri y’abakobwa ari make,
    n’ayabaga ahari, yashyirwagamo amashami abategurira gufata neza umugabo,
    kurera abana, kudoda, kuba abanyamabanga n’indi mirimo mbonezamubano.
    Uku kudahabwa uburenganzira bungana, byadindizaga iterambere ry’Igihugu.
    Imyaka yabaye myinshi abantu b’igitsina gore bibera mu buzima bw’ikandamizwa
    bigera aho biramenyerwa biba nk’ibisanzwe. Nyuma ya Jenoside Yakorewe
    Abatutsi mu mwaka wa 1994, Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yashyizeho
    itegeko ry’umuryango rigena imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano
    n’izungura ryo mu 1999. Mu rwego rw’amategeko, ibi byatumye abagabo
    n’abagore bagira uburenganzira bungana ku mitungo no mu izungura. Nta
    busumbane buri hagati yabo mu byerekeye uruhare rwabo, amahirwe bahabwa
    no ku burenganzira muri rusange.

    Umugore agira uruhare mu igenamigambi ry’Igihugu, ibitekerezo bye bihabwa
    agaciro. Imvugo zikandamiza umugore, zatakaje agaciro, himakazwa imvugo
    zihesha agaciro umugore: “Umugore ni mutima w’urugo, umukobwa ni
    nyampinga, ukurusha umugore akurusha urugo …” Ubwo burenganzira abagore
    bahawe bwaguye ibitekerezo byabo. Ubu umugore afife ijambo n’uruhare mu
    iterambere ry’Igihugu.

    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira,
    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,
    Baturage b’Umurenge wa Munanira,
    Nababwiye ko ntari bwizimbe mu magambo. Nubwo tubona ko hari umusaruro
    ugaragara mu Rwanda kubera kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
    mu muryango, haracyari urugendo kuko ntiturabugeraho ijana ku ijana nkuko
    byifuzwa. Igisabwa rero ni ugukomeza ubukangurambaga bugakorwa n’inzego
    zitandukanye kuko hakiri abantu babifata uko bitari ku mpande zombi. Mu
    bigaragara, hari imiryango imwe n’imwe ikirangwamo amakimbirane ashingiye
    ku kudasobanukirwa ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Urugero ni nk’aho
    usanga umugore ajya mu kabari, agataha igicuku amena inzugi cyangwa akumva
    ko ikemezo ke ari ntavuguruzwa. Hari n’abagabo kandi usanga biyambura zimwe
    mu nshingano zabo bakazegeka ku bagore babo. Iyo usesenguye ibi, usanga
    abenshi babikora bitwaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Inama nagira
    abanyumva, ni ukumenya ko uburinganire n’ubwuzuzanye atari ugusuzugurana
    no gupyinagazanya, ahubwo ni ukudatandukira ibiteganywa n’amategeko
    n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

    Murakoze, mbashimiye uburyo mwanteze amatwi nkaba nizera ko twese
    hamwe tugiye guharanira kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu
    muryango nyarwanda.

    Mugire amahoro!

    2.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko




    2.1.2. Gusoma no kumva umwandiko


    2.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko


    II.2. Imbwirwaruhame


    1. Inshoza y’imbwirwaruhame
    Imbwirwaruhame ni ijambo umuntu ategura neza akarigeza ku bantu
    benshi (mu ruhame) bakirinda kumurogoya, ahubwo bakamutega amatwi.
    Imbwirwaruhame ishobora kuba ndende cyangwa ngufi bitewe n’intego yayo.
    Uvuga imbwirwaruhame agomba kuyitegura agahuza ibitekerezo bye bwite
    n’insanganyamatsiko y’umunsi, kandi akiyubaha ubwe, akubaha n’abamuteze
    amatwi. Imbwirwaruhame zivuga ku nsanganyamatsiko zinyuranye: izibwiriza
    iby’idini, izivuga ibya poritiki, izo kwizihiza iminsi mikuru, izikangurira abantu
    igikorwa runaka... Ni yo mpamvu imbwirwaruhame zishobora kuvugirwa ahantu
    hanyuranye nko mu nsengero, mu mashuri, mu nzu mberabyombi n’ahandi.

    2. Imbata y’imbwirwaruhame
    Imbwirwaruhame iba igizwe n’ibice bine by’ingenzi: umutwe, intangiriro/interuro,
    igihimba n’umwanzuro/umusozo.

    a) Umutwe:
    Umutwe ni igice kibanza k’imbwirwaruhame kigaragaza insanganyamatsiko iyo
    mbwirwaruhame iri bwibandeho.

    b) Intangiriro / interuro
    Mu ntangiriro uvuga imbwirwaruhame abanza kuvuga abanyacyubahiro bari aho
    n’abo ubutumwa bugenewe ahereye ku w’imena muri bo akurikije ibyubahiro
    byabo, gusa akirinda kubavuga mu mazina yabo bwite. Uvuga imbwirwaruhame
    kandi ageza indamukanyo ku bo abwira.

    Urugero:
    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira,
    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,
    Baturage b’Umurenge wa Munanira,
    Nimugire amahoro!”

    Aka ni na ko karango ka mbere k’imbwirwaruhame. Mu ntangiriro kandi ni
    ho utanga ikiganiro agaragaza ibyo ari buze kuvugaho, akabivuga mu buryo
    bwihuse cyangwa butatuye, asa n’utera amatsiko abamuteze amatwi ndetse no
    kubumvisha akamaro k’icyo kiganiro agiye kubagezaho. Iki gice ntikigomba kuba
    kirekire.

    c) Igihimba
    Iki gice ni cyo gice fatizo k’imbwirwaruhame. Ni muri iki gice utanga ikiganiro
    avuga ingingo yateguye kuvugaho. Ni ngombwa ko izo ngingo azikurikiranya
    neza ashingiye ku buremere bwazo. Ibi bituma abamutega amatwi batarambirwa
    kuko aba yahereye ku ngingo zibafitiye akamaro cyane. Iyo bibaye ngombwa ko
    hari ingero zitangwa, uvuga imbwirwaruhame akoresha ingero zijyanye n’abo
    abwira cyangwa aho avugira. Kubera ko iki gice gishobora kuba kirekire, utanga
    ikiganiro mbere yo kujya ku yindi ngingo ashobora kugenda akoresha amagambo
    yo gukangura abo abwira (urugero: bayobozi, babyeyi, nshuti, bavandimwe...)

    d) Umwanzuro/ Umusozo
    Muri iki gice uvuga imbwirwaruhame asoza yibutsa abamuteze amatwi ingingo
    z’ingenzi baganiriyeho kugira ngo basigarane ishusho y’ikiganiro. Ni muri iki
    gice kandi ashobora kugaragaza ibyifuzo, ingamba, inama... bitewe n’imiterere
    y’ikiganiro. Niba yashishikarizaga abantu kurwanya ibiyobyabwenge arasoza
    agaragaza ingamba zafatwa mu kubirwanya. Muri iki gice kandi utanga ikiganiro
    asoza ashimira abari bamuteze amatwi.

    3. Amabwiriza agenga imbwirwaruhame
    a) Uko imbwirwaruhame itegurwa n’uko isomwa
    Mbere yo gutanga ikiganiro mbwirwaruhame, ugitegura agomba kumenya ibi
    bikurikira:
    -- Ni ngombwa kumenya abo agiye kubwira imbwirwaruhame abo ari bo
    n’aho ababwirira.
    -- Ni iki bashobora kumva? Bari mu kihe kigero k’imyaka? Bakora iki? Ni iki
    bahuriyeho?
    -- Gutegura imbwirwaruhame.
    -- Kumva neza insanganyamatsiko y’imbwirwaruhame byaba ngombwa
    akanasoma ibitabo binyuranye bivuga kuri iyo nsanganyamatsiko.
    -- Gukusanya ibyo azavuga mu ngingo zinyuranye z’imbwirwaruhame
    ashingiye ku byo yasomye cyangwa yabajije abandi.

    -- Gushaka intego z’ikiganiro ke akanakora imbata y’ikiganiro ke.

    b) Imyifatire n’imyitwarire y’uvuga imbwirwaruhame
    Utanga ikiganiro mbwirwaruhame agomba kuba:
    -- Yambaye imyambaro idakojeje isoni.
    -- Kumenya guhagarara neza imbere y’abandi nta mususu.
    -- Kuvuga imbwirwaruhame ye adategwa.
    -- Kuraranganya amaso mu bo abwira, kirazira kubatera umugongo no kuba
    imbata y’urupapuro.
    -- Kurangurura ijwi kugira ngo imbwirwaruhame yumvikane.
    -- Kuvuga atarandaga cyane kugira ngo abamuteze amatwi batarambirwa
    kandi ntiyihute cyane mu mvugo kugira ngo ibyo avuze birusheho kumvikana.
    -- Kwirinda imvugo nyandagazi.
    -- Kugenda atanga ingero zihuye n’ikigero cy’abo abwira cyangwa se icyo
    bakora.

    Ikitonderwa:
    Utegura imbwirwaruhame ayitegura yandika, akazayivuga asoma ibyo yanditse,
    mu rwego rwo kwirinda kuvuga ibiterekeranye no kwisubiramo bya hato na hato.
    Hashobora kuvugwa imbwirwaruhame ihanitse cyangwa idahanitse, umuntu
    akayivuga atayiteguye. Ibyo ni iby’abafite iyo mpano si ibya buri wese kuko bigira
    abahanga babyo. Ibyo bigaragarira cyanecyane nko mu misango y’ubukwe, ku
    minsi mikuru, mu birori runaka...
    II.3. Iyiganteruro

    2.3.1. Inshoza n’ubwoko bw’interuro


    1. Inshoza y’interuro n’iyiganteruro
    a) Interuro

    Interuro ni ijambo cyangwa urukurikirane rw’amagambo umuntu avugamo
    cyangwa yandikamo igitekerezo cyuzuye. Interuro ni igice k’imvugo umuntu

    yatura akakirangiza aruhuka bihagije, kigatanga igitekerezo cyuzuye.

    b) Iyiganteruro
    Iyiganteruro ni ubumenyi bugamije gusesengura imiterere y’ibinyabumwe bigize
    interuro ari byo magambo. Ni ubuhanga bwiga isanisha ry’amagambo mu kurema
    interuro, amoko, imimaro n’imikurikiranire byayo mu nteruro. Iyiganteruro ryiga
    kandi inyangingo zigize interuro, amatsinda yazo n’imimaro yazo.
    Mu iyiganteruro, ijambo ni cyo kinyabumwe fatizo nk’uko mu iyigantego
    ikinyabumwe fatizo ari akaremejambo.

    2. Amoko y’interuro
    Hashingiwe ku mubare w’amagambo n’uw’inshinga zitondaguye bigize interuro,
    interuro z’Ikinyarwanda zirimo amoko atatu: interuro jambo, interuro yoroheje
    n’interuro y’urusobe.

    a) Interuro jambo
    Interuro jambo ni interuro igizwe n’ijambo rimwe. Interuro jambo zishobora
    gushingira ku magambo y’ubwoko hafi ya bwose. Interuro jambo ni interuro
    idasanzwe kuko iba ihagarariye interuro igizwe n’amagambo menshi.

    Ingero:
    Ibi mwabitundishije iki? Ikamyo. (Izina)
    Ni iki mwifuriza Abanyarwanda bose? Amahoro n’iterambere. (Amazina)
    Ibi bitabo mwabitundishije amakamyo angahe? Atatu. (Ikinyazina)
    Mwagenze urugendo rureshya rute? Rurerure. (Ntera)
    Murateganya iki muri iki gihembwe? Gutsinda. (Inshinga iri mu mbundo)
    Uraza? Ye! (Irangamutima)
    Mwageze ku ishuri ryari? Kare. (Umugereka)
    Ndagiye. (inshinga itondaguye)
    Taha. (inshinga itondaguye)

    b) Interuro yoroheje cyangwa interuro shingiro
    Interuro yoroheje, interuro shingiro cyangwa interuro fatizo ni interuro igizwe
    n’amagambo abiri cyangwa arenga ahuriye ku nshinga imwe itondaguye
    yumvikanisha ubutumwa bumwe, budasobekeranye. Ruhamwa ariko ishobora
    no kuba itagaragara mu nteruro tukayibwirwa n’indanganshinga. Iyo nteruro
    iba ifite ruhamwa imwe igizwe n’ijambo rimwe cyangwa itsinda ry’amagambo
    ahuriye ku gikorwa, imico cyangwa imimerere bivugwa mu nshinga. Interuro
    yoroheje bayita kandi inyabumwe kuko ifite inshinga imwe itondaguye. Interuro
    yoroheje kandi ishobora kuba ifite icyuzuzo kigizwe n’ijambo rimwe cyangwa
    urujyano rw’amagambo ariko ishobora no kuba nta cyuzuzo ifite.
    Interuro yoroheje ishobora no kutagira inshinga ariko n’ubundi ikumvikanisha
    igitekerezo kimwe.
    Ingero:
    -- Igihe ni amafaranga.
    -- Ubwikorezi bwambukiranya ibihugu ndetse n’imigabane.
    c) Interuro y’urusobe
    Interuro y’urusobe cyangwa interuro y’inyunge iba igizwe n’inshinga zitondaguye
    zirenze imwe buri nshinga ikaba ari izingiro ry’inyangingo. Ni interuro igizwe
    n’inyangingo ebyiri cyangwa zirenzeho.
    Ingero:
    -- Iyo ubwikorezi bwihuta, abantu babona igihe gihagije cyo gukora ibindi
    bintu.
    -- Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.
    Imyitozo
    1. Mu kiganiro gikurikira, tahuramo amoko atandukanye y’interuro.
    -- Yewe wa mugabo we! Ino hari ikibazo k’ibicanwa. Abantu batemye
    amashyamba
    -- Barayatsemba. None Leta ntikemerera abantu gupfa gutema amashyamba
    asigaye.
    -- Dukore iki?
    -- Ntitwakibura. Reka turebe uburyo twakwihangira umurimo dukemura
    ikibazo k’ibicanwa.
    -- Ni byiza cyane.
    -- Reka dutangire umushinga.
    -- Uwuhe?
    -- Uwo gukora imbabura za canamake.
    -- Zizagurwa n’abantu benshi kubera ko inkwi zihenda.

    2. Garagaza ibintu bine iyiganteruro ryibandaho.

    2.3.2 Isanisha


    1. Inshoza y’isanisha
    Isanisha ni uburyo bwo guhuza amagambo mu irema ry’interuro ku buryo ijambo
    ry’ibanze riha amagambo aryungirije akarango karyo.

    Urugero:
    Bano bana bato barashonje. Ijambo ry’ibanze ni abana.
    Isanisha rikunze kugaragaza amasano nyantego aba ari hagati y’amagambo
    agize interuro. Muri uru rugero isano ni inteko ya 2 ba.
    1. Amoko y’isanisha
    Mu Kinyarwanda hari amoko anyuranye y’isanisha.
    a) Isanisha nyantego
    Mu isanisha nyantego, ijambo ry’ibanze riha amagambo aryungirije intego ya
    kamwe mu turemajambo twaryo.

    Ingero:
    -- Iki gikamyo kinini gitwara imizigo myinshi.
    -- Icyambu kinini gifasha mu bwikorezi.

    b) Isanisha nyanyito
    Isanisha nyanyito rishingira ku kivugwa n’ijambo ry’ibanze. Rikoreshwa akenshi
    ku magambo adafite indomo n’indanganteko cyangwa afite indanganteko
    zumanye (zidatandukana) n’igicumbi (Mugabo, Bahizi, Rukundo, mukecuru…).
    Iyo ikivugwa ari umuntu umwe isanisha ribera mu nteko ya mbere; baba benshi
    kimwe no mu irondora rikabera mu nteko ya kabiri. Iyo ikivugwa ari inyamaswa
    cyangwa ikindi kintu isanisha rikorwa mu nteko ya 9 cyangwa iya cumi.

    Ingero:
    -- Mugabo akora ubwikorezi.
    -- Ba Kanyana bahahirana n’amahanga.
    -- Indege itwara imizigo myinshi.

    c) Isanisha nyurabwenge
    Isanisha nyurabwenge rikorwa iyo ibivugwa ari inshinga iri mu mbundo, uruvange
    rw’abantu n’ibintu cyangwa uruvange rw’abantu n’inyamaswa n’urw’amagambo
    adahuje inteko. Isanisha nyurabwenge rikorerwa mu nteko ya 8.
    Ingero:
    -- Umugabo, ihene n’igare byahuriranye.
    -- Gutwarana abantu n’ibintu birabujijwe.
    -- Kurya, kunywa no kubyina birashimisha.
    -- Bakame n’impyisi birazirana.

    d) Isanisha nyazina
    Isanisha nyazina ni isanisha rishingira ku ndanganteko yumanye n’igicumbi.
    Ingero:
    -- Rutegaminsi rwa Tegera yari inyangamugayo. (Nt 11, Nt 1)
    -- Bikungero bya Murema afite ibihangano byiza. (Nt 8, Nt 1)
    -- Nyakayonga ka Musare.
    e) Isanisha mpisho
    Isanisha mpisho rikorwa igihe ikivugwa kitazwi cyangwa kitagaragajwe.

    Ingero:
    -- Karabaye noneho.
    -- Umugore n’umugabo rwambikanye.
    -- Karahanyuze twarabyinnye biratinda.
    f) Uruvange rw’isanisha
    Uruvange rw’isanisha ni isanisha rigengwa n’inteko zitandukanye kandi rigengwa

    n’ijambo rimwe.

    Ingero:
    -- Igisonga cya Papa arahagurutse. (nt.7 na nt.1)

    -- Nyina w’iki kimasa irashaje. (nt.1, nt.9)

    II.4. Imyitozo y’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
    Tegura imbwirwaruhame ku nsanganyamatsiko wihitiyemo, uyibwire abanyeshuri

    bagenzi bawe.

    5. Isuzuma risoza umutwe wa kabiri
    Umwandiko: Bamumaze amatsiko
    Muneza ni umwana warererwaga kwa sekuru. Yigaga mu mashuri abanza.
    Yarangwaga no kugira amatsiko ndetse no kubaza ibibazo binyuranye ku byo
    adasobanukiwe.

    Umunsi umwe avuye ku ishuri asanga sekuru yicaye mu ruganiriro asoma
    ikinyamakuru. Muneza ahageze aramusuhuza yicara iruhande rwe maze batangira
    kureba tereviziyo. Harimo ikiganiro cy’umunyamakuru waganiraga n’abanyeshuri
    bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye bavuga ku buringanire
    n’ubwuzuzanye mu iterambere ry’Igihugu.

    Nyuma yo kumva ibyavugwaga muri icyo kiganiro, Muneza araterura abaza
    sekuru ibibazo binyuranye ku buringanire n’ubwuzuzanye. Sekuru yamuhaye
    rugari maze bagirana ikiganiro gikurikira:
    Muneza: Ariko sogoku! Ko muri iki gihe ibiganiro byinshi bivuga ku buringanire
    n’ubwuzuzanye, kera ntibwabagaho?

    Sekuru: Kera uburinganire n’ubwuzuzanye byahozeho ariko ntibyabuzaga ko
    bimwe mu biranga uburinganire n’ubwuzuzanye muri iki gihe bikumirwa kubera
    umuco w’Abanyarwanda.
    Muneza: Ni nk’ibihe mwambwira se byagaragazaga uburinganire
    n’ubwuzuzanye?

    Sekuru: Nko mu buyobozi umwami yimanaga n’umugabekazi, birumvikana
    ko umwami atafataga ibyemezo wenyine ahubwo yabifataga agishije inama
    umugabekazi. Ikindi kandi hari n’abategarugori banyuranye bagaragaraga
    mu mirimo ikomeye y’ibwami. Urugero naguha ni abasizi b’abategarugori nka
    Nyirarumaga na Nyirakunge babaye abasizi bakomeye.
    Umurimo w’ubusizi, wari umwe mu mirimo ikomeye yagengwaga n’ibwami,
    kuba butarahezaga abategarugori, ni ikimenyetso gikomeye cy’uburinganire
    n’ubwuzuzanye.

    Muneza: Biragaragara ko mu muco nyarwanda ubuyobozi bwarangwagamo
    uburinganire n’ubwuzuzanye. None se ko mwambwiye ko hari bimwe mu
    biranga uburinganire muri iki gihe byakumirwaga kubera umwihariko w’umuco
    nyarwanda. Uwo mwihariko ni nk’uwuhe?

    Sekuru: Umuco nyarwanda hari imirimo imwe n’imwe wageneraga abagore
    hakaba n’indi mirimo wageneraga abagabo, ku buryo cyaziraga ko ukora imirimo
    itakugenewe. Nta mugore wagombaga kubaka, kujya ku itabaro, gukama inka,
    korora inzuki n’ibindi. Nta mugabo washoboraga koza ibikoresho byo mu rugo
    cyangwa se guheka umwana, guteka n’ibindi.

    Birumvikara ko hari umwihariko wa buri muntu mu mirimo yo mu rugo.
    Ikindi kandi aho amashuri aziye mu Rwanda, ababyeyi bahaga umwanya wa
    mbere abana b’abahungu ngo bage ku ishuri naho abakobwa bo, basigaraga
    mu rugo bafasha ba nyina imirimo yo mu rugo.
    Muneza: Sogoku! Ko twize ko Ndabaga yari umukobwa kandi ko yagiye gukura
    se ku rugerero hari icyo ubiziho?

    Sekuru: Ibyo byabayeho ariko uzabisome neza, kugira ngo abikore yabanje
    kwiyoberanya ku buryo yagiye ku rugerero yitwa ko ari umuhungu. Hejuru y’ibyo
    nkubwiye hari imwe mu migani ya Kinyarwanda igaragaza ko hari aho umuco
    nyarwanda wakumiraga umugore mu buringanire n’ubwuzuzanye.

    Bakiganira haza akana kiganaga na Muneza kamubwira ko igihe cyo gusubira
    ku ishuri kigeze. Muneza ashimira sekuru, ajyana na wa mwana ariko Muneza
    agenda agifite amatsiko menshi ku byo sekuru yari amaze kumubwira. Bageze
    ku ishuri mu karuhuko ka saa kenda, Muneza yegera umwarimu we, atangira
    kumubaza ku byo sekuru yari yamubwiye.

    Muneza: Sogokuru yambwiye ko hari imigani y’imigenurano yagaragazaga
    ko umuco nyarwanda wakumiraga bimwe mu bigaragaza uburinganire
    n’ubwuzuzanye muri iki gihe ni nk’iyihe?

    Umwarimu: Ibyo sogokuru wawe yakubwiye ni byo, umuco nyarwanda wo
    hambere wagaragazaga ko umugore nta cyo yakora ngo kige imbere nk’uko
    umugabo yagikoraga. Ni yo mpamvu bacaga umugani utajyanye n’igihe
    tugezemo bavuga ngo: “Umugore arabyina ntasimbuka”. Mu rugo, nta mugabo
    wagombaga kumva ibitekerezo by’umugore, urugo rwatekererezwaga n’umugabo
    gusa. Baravugaga ngo: “Uruvuze umugore ruvuga umuhoro” bakongera ngo:
    “Umugore abyara uwawe ntaba uwawe”, “Umugore ntajya kurarika, iyo araritse
    abuza n’uwari kuza.” Cyakora ubu muri iki gihe, si ko bimeze kuko umugore
    ahabwa ubushobozi nk’ubw’umugabo, akagira ijambo nk’iry’umugabo, akagira
    uruhare muri byose.

    Mu gihe umwarimu we yari akimusobanurira, inzogera yo kwinjira iravuga, Muneza
    aramushimira, asubira mu ishuri. Agenda atekereza ku bisobanuro yahawe
    na sekuru ndetse n’ibyo yahawe n’umwarimu we, yiyemeza kujya abiganiriza
    bagenzi be kugira ngo barusheho kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye.
    Nyuma y’amasomo ataha mu rugo ari na ko agenda yibaza ku byo yakora kugira
    ngo aharanire kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye. Mu mutima aribwira
    ati: “Kuva ubu, nge ngiye guharanira uburenganzira bwa buri wese; sinzongera
    guharira mushiki wange imirimo imwe n’imwe ngo ni we igenewe, tuzajya
    dufatanya mu byo dukora byose.”

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Ni uwuhe munyarubuga mukuru muri uyu mwandiko? Kubera iki?
    2. Tanga ingero nibura ebyiri zigaragaza ko uburinganire n’ubwuzuzanye
    hari aho bwagaragaraga ku ngoma ya cyami.
    3. Ese umuco nyarwanda wimakazaga ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye
    bw’ibitsina byombi? Sobanura igisubizo cyawe.
    4. Ni gute Ndabaga yabashije kujya gukura se ku rugerero? Sobanura
    igisubizo cyawe wifashishije ubundi bumenyi wasomye cyangwa
    wabwiwe.

    5. Mu ishuri mwigamo ni iki kerekana ko uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse
    n’uburezi budaheza byubahirizwa ?
    6. Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye?

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo
    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro:
    a) Gukumira
    b) Guterura ikiganiro
    c) Kwiyoberanya
    d) Gukura se
    2. Simbuza amagambo atsindagiye ayo mu mwandiko bihuje inyito:
    a) Umugore ntiyahabwaga agaciro kangana n’ak’umugabo mu muco
    nyarwanda.

    b) Mu Rwanda, nyina w’umwami yategekanaga n’umwami.
    III. Ibibazo ku mbwirwaruhame no ku rurimi n’ubwumvane
    1. Vuga ibyitabwaho mbere yo gutanga imbwirwaruhame.
    2. Sobanura uko umuntu yifata n’uko yitwara avuga imbwirwaruhame.
    3. Ishyire mu mwanya w’umunyeshuri uhagarariye abandi, maze utegure
    imbwirwaruhame ku buringanire n’ubwuzuzanye, uzavuga ku itariki ya 8

    Werurwe ku munsi w’abari n’abategarugori.

    IV. Ibibazo by’ikibonezamvugo
    Kora interuro zigaragaramo:
    a) Isanisha nyantego
    b) Isanisha nyanyito
    c) Isanisha nyurabwenge

    d) Isanisha nyazina

  • UMUTWE WA 3 IMIYOBORERE MYIZA

    III.1. Umwandiko: Karame Rwanda





    3.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko



    3.1.2. Gusoma no kumva umwandiko


    3.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    3.2.1. Ibaruwa y’ubutegetsi




    1. Inshoza y’ibaruwa y‘ubutegetsi

    Ibaruwa y’ubutegetsi ni ibaruwa ngufi kandi ivuga ibya ngombwa birasa ku ntego,
    ikirinda uburondogozi no kugaragaza amarangamutima. Igituma iba ngufi ni uko
    uwandika agomba gusa kwibanda ku mpamvu yatumye yandika. Bene iyi baruwa
    y’ubutegetsi iba igamije gusabwa gutanga serivisi ku bo igenewe, gusaba akazi,
    gusubiza uwasabye akazi, gusaba ibisobanuro mu kazi, gutanga ibisobanuro,
    gutanga amabwiriza n’ibindi. Tuvuge niba uwandika asaba akazi, iyo ni yo
    mpamvu agaragaza ku rupapuro kandi ni yo avugaho muri make agaragaza akazi
    ashaka ako ari ko, ubushobozi afite bwo kugakora n’uburyo azagakora, kandi
    byose bikagirwa mu kinyabupfura. Nta gutandukira ngo agaragaze ko yababaye,
    ko ubukene bumumereye nabi, ko arya rimwe mu cyumweru, ko yari afite akazi
    bakakamwirukanaho ku maherere n’ibindi. Uwo wandikira usaba akazi ntakeneye
    ko umurondogoraho cyangwa ko umutera imbabazi. Ibyo nta mwanya abifitiye,
    icyo akeneye ni icyo ugamije kumukorera, ubushobozi ugifitemo, ibyangombwa

    bibigaragaza. Bene iyi baruwa yandikwa ku rupapuro rw’umweru

    2. Uturango tw’ibaruwa y’ubutegetsi
    -- Mu ibaruwa y’ ubutegetsi hari amagambo yabugenewe agomba gutangira
    no gusoza ibaruwa y’ubutegetsi. Ayo ni nka:
    Nyakubawa/ Bwana/Madamu/Madamazera,
    Mu gihe ngitegereje igisubizo cyanyu kiza, nyakubahwa, mbaye mbashimiye,
    Mu gihe ntegerezanyije ikizere, mbaye mbashimiye,
    Mbaye mbashimiye Nyakubahwa/ Bwana / Madamu/ Madamazera…
    -- Buri gika gitangirira mu cya kabiri cy’urupapuro mu mpagarike yarwo.
    -- Ibaruwa y’ubutegetsi igomba kugira impamvu yayo yihariye bitewe
    n’igitumye yandikwa bagaca akarongo ku ijambo “impamvu”.

    3. Imiterere y’ibaruwa y’ubutegetsi
    Ibaruwa y’ubutegetsi igizwe n’ibice binyuranye ari byo:
    a) Aderesi:
    Aderesi ni igice k’ingenzi kigaragaza uwanditse ibaruwa y’ ubutegetsi.
    Hagaragaramo amazina ye, aho atuye ndetse n’andi makuru yose yafasha uwo
    yandikiye kumenya aho yamubariza aramutse amushatse: ashobora kongeramo
    nimero za terefoni n’aderesi ye ya interineti. Iki gice gifata umwanya wo hejuru
    ibumoso ku rupapuro.

    b) Itariki
    Itariki ni ngombwa ko hagaragaramo ahantu ibaruwa y’ ubutegetsi yandikiwe
    n’umunsi iyo baruwa yandikiweho. Iki gice cyo kijya hejuru iburyo ahateganye
    n’izina.

    c) Uwandikiwe
    Uwandikiwe ni igice kigaragara munsi y’itariki ibaruwa y’ubutegetsi yandikiweho.
    Kiba kigaragaza uwo ibaruwa igenewe. Si izina rye bwite rigaragaramo ahubwo
    ni izina rigaragaza umwanya afite mu kazi. Cyakora hashobora no kugaragazwa
    izina iyo ibaruwa y’ubutegetsi igenewe umukozi runaka.

    d) Impamvu
    Mu ibaruwa y’ubutegetsi hagomba kugaragaramo impamvu yanditswe. Impamvu
    y’ibaruwa y’ubutegetsi ishobora kuba: gusaba akazi, gusaba ibisobanuro,
    kohereza raporo... Ijambo”impamvu” buri gihe ricibwaho akarongo. Iki gice
    kiba kiri munsi ya aderesi kikabangikana n’umurongo wa nyuma wo mu gice
    kigaragaza uwo ibaruwa y’ubutegetsi yandikiwe.

    e) Igihimba
    Igihimba ni ibaruwa nyirizina. Igihimba k’ibaruwa y’ubutegetsi kigirwa n’ibika
    bitatu:
    -- Intangiriro: Uwandika avuga muri make impamvu imuteye kwandika igirwa
    n’igika kimwe kandi ikagaragaza icyo uwandika agamije. Iyo ari nk’ibaruwa
    isaba akazi agaragazamo ko azi neza ko uwo mwanya uhari.
    -- Igihimba :Ni igice kigaragara nk’aho ari kirekire kurusha ibindi, kuko
    gishobora no kugira ibika birenze kimwe bitewe n’ingingo zigize ubutumwa.
    Ni cyo gice cyonyine gisobanura mu mugambo arambuye ibyavuzwe mu
    ntangiriro, kikabisesengura, kikanakurikiranya ibitekerezo. Icyo gihe buri
    gika kiharira ingingo yacyo, na none ukirinda gusubiramo ibyo wavuze.
    -- Umusozo: Uwandika ibaruwa y’ ubutegetsi asoza ashimira uwo yandikiye.
    Ni cyo gice kirangiza ibaruwa y’ ubutegetsi kandi kigirwa n’igika kimwe.
    Uwandika arangiza yerekana ikizere afitiye uwo yandikiye cyangwa se
    icyubahiro amugomba.

    f) Amazina n’umukono: Ni igice gisoza ibaruwa y’ ubutegetsi kigizwe
    n’amazina ndetse n’umukono wa nyiri ukuyandika.
    Ikitonderwa: Bitewe n’imiterere yayo, ibaruwa y’ubutegetsi ishobora kugira
    ibindi bice bikurikira:

    Binyujijwe: Ni igice kigaragara mu ibaruwa y’ubutegetsi munsi y’aderesi
    y’uwandikiwe. Gishyirwaho iyo hari abo iyo baruwa igomba gucaho mbere yo
    kohererezwa uwayandikiwe.
    Bimenyeshejwe: ni igice kijya mu mpera z’ibaruwa y’ ubutegetsi ku
    ruhande w’ibumoso. Kijya mu ibaruwa y’ ubutegetsi iba igomba kugira abandi
    bamenyeshwa ibyanditswe.

    4. Imbata y’ibaruwa y’ubutegetsi



    1. Ibirannga umuntu
    Amazina::MUBERUKA Gaston
    Data: KARIMANYI Joel
    Mama: KABERA Marigueritte
    Igihe navukiye: 2 Nzeri 1984
    Aho navukiye: Intara ya Kumuhigo, Akarere ka Kagano, Umurenge wa Cyabayaga
    Akagari ka Mwungu.
    Aho ntuye: Intara ya Kumuhigo, Akarereka Burehe, Umurenge wa Mataba,
    Akagari ka Gaseke.
    Irangamimerere: Ndubatse, mfite abana bane
    Terefoni: 0788881111
    E-mail: muberuka-gaston@yahoo.fr
    Akarere ka Burehe, Umurenge wa Mataba, Akagari ka Gaseke.

    2. Amashuri nize
    -- 2003-2007: Amashuri makuru: Kaminuza nkuru y’ u Rwanda
    Impamyabushobozi y’ikiciro cya kabiri mu Ndimi n’Ubuvanganzo Nyafurika.
    -- 1989-1994: Amashuri yisumbuye muri Seminari ya Runaba
    Impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye mu ishami ry’Ikiratini n’indimi
    zivugwa.
    -- 1981-1988: Amashuri abanza mu Ishuri Ribanza rya Mataba. Ikemezo
    k’ikigo cy’Amashuri Abanza cya Mataba.
    3. Uburambe mu kazi
    -- 2011-2017: Umwarimu w’indimi muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya
    Huye.
    -- 2008-2010: Umwarimu w’ Igiswayiri n’Ikinyarwanda mu Iseminari Nto ya
    Runaba.
    -- 2003-2004: Umwarimu w’Igifaransa n’Ikinyarwanda mu ishuri ryigenga
    APEDER Mataba.
    -- 2000-2003: Umwarimu w’Igifaransa n’Ikinyarwanda mu ishuri ryisumbuye
    rya Gakurazo.

    4. Ubundi bumenyi
    -- Nzi mudasobwa porogaramu ya “Word, Excel, Power Point, Access na
    Publisher
    -- Mfite uruhushya rwo gutwara imodoka kategori ya B, nkaba nzi no kuyitwara.

    5. Indimi nzi kuvuga


    6. Ibyo nkunda
    Nyuma y’akazi nkunda gusoma ibitabo. Nkunda umukino wo koga no gukina
    umupira w’amaguru.

    7. Abantu banzi:
    -- UMUHIRE Jean: Umwarimu wange muri Kaminuza y’u Rwanda, Tel:
    0788..........
    -- Padiri KARAKE Samuel: Umukoresha wange igihe nigishaga muri Seninari
    Nto ya Rubare Tel: 076................................
    -- HAKIZIMANA Paul: Umuyobozi w’Ishami ry’Indimi muri Kaminuza y’u
    Rwanda aho nigisha ubu, Tel: 0789......................

    Ngewe MUBERUKA Gaston ndemeza neza ko ibyo maze kuvuga ari ukuri kandi
    ko bishobora kugenzurwa.
    Bikorewe i Kagano, ku wa 25 Nyakanga 2017

                                                                                                                    

                                                                                                                                                                      MUBERUKA Gaston

                                                                                                                                                                       

    1. Inshoza y’ umwirondoro
    Umwirondoro ni inyandiko yereka umukoresha ishusho y’umukozi akeneye. Mu
    buzima busanzwe ari na byo bimenyerewe cyane, umwirondoro ukunze gusabwa
    n’umuntu wese ushaka gutanga akazi. Bityo mu byangombwa yaka ushaka
    gupiganirwa uwo mwanya haba harimo n’umwirondoro we. Umwirondoro kandi
    ushobora kuba ngombwa iyo umuntu asaba ishuri runaka ngo akomerezemo
    amasomo ye.

    2. Ibiranga umwirondoro
    Umwirondoro unoze ugomba kuba:
    -- Wanditse ku rupapuro rwiza nta n’amakosa y’ururimi arimo.
    -- Wuzuye kuko uwusaba akeneye amakuru yuzuye kugira ngo arusheho
    kumenya nyiri umwirondoro niba hari ikiburamo ntibizamutere igihe
    agishakisha.
    -- Usomeka neza wanditswe mu nteruro ngufi.
    -- Uvuga ukuri. Ukora umwirondoro ntagomba kugira icyo yibagirwa cyangwa
    ngo ashyiremo ibidasobanutse cyangwa ibihimbano.
    -- Ugomba kuba ugenewe koko abo wandikiwe niba ari aho nyirawo asaba
    akazi ugomba kuba ujyanye n’aho asaba akazi.

    3. Ibice bigize umwirondoro
    Umwirondoro ntukorwa uko nyirawo yiboneye ugomba kuba ufite uburyo
    buboneye ukorwamo, uko ibice biwugize bikurikirana kuko umwanya wabyo uba
    ufite icyo usobanura kuri uwo mwirondoro.
    Ibyo bice ni:
    -- Umutwe
    -- Ibiranga umuntu
    -- Amashuri
    -- Uburambe
    -- Ubundi bumenyi
    -- Indimi avuga
    -- Ibyo akunda
    -- Abantu bamuzi
    -- Kwemeza ko ari ukuri no gushyiraho umukono we.
    a) Umutwe
    Umutwe w’umwirondoro wandikwa hejuru ukitwa umwirondoro

    b) Ibiranga umuntu
    Irangamimerere ni igice gitangira umwirondoro, kikaba kigamije kugaragaza muri
    make uwo ari we. Kigomba kuba cyumvikana kandi kirasa ku ntego.
    Si ngombwa gushyiramo ibintu byinshi nubwo bwose waba ubona umwirondoro
    ari muto. Mu irangamimerere umuntu avugamo amazina ye. Ni byiza kwandika
    izina ry’umuryango mu nyuguti nkuru z’icyapa maze iry’idini rikajya mu nyuguti
    nto, ariko ritangiwe n’ inyuguti nkuru.
    Nyuma y’amazina hagaragazwa aho umuntu aherereye, ni ukuvuga aho atuye
    (aha iyo afite agasanduku k’iposita ni byiza kugashyiraho). Aho umuntu atuye
    hiyongeraho n’uburyo uwamushaka yamubonamo; umurongo wa terefoni na
    aderesi ya interineti ku buryo uwabishaka yahita amwandikira. Ikindi kigomba
    kujya mu irangamimerere ni imyaka umuntu afite. Aha ariko ntawandika umubare
    ibyiza ni ugushyiraho umwaka yavukiye. Iyo yanditse amatariki, ukwezi ukwandika
    mu izina ryako.

    c) Amashuri
    Iki gice kigaragaza aho nyiri umwirondoro ahagaze mu rwego rw’ubumenyi ni yo
    mpamvu uwandika agomba guhera ku mpamyabumenyi nini afite. Mu kwandika
    umwirondoro, amashuri ntatandukana n’impamyabumenyi. Ugaragaza amashuri
    yize avuga umwaka, aho yigaga, ibyo yigaga n’impamyabumenyi yahakuye. Hari
    igihe amashuri ajyana n’ibitabo umuntu aba yaranditse. Icyo gihe si ngombwa
    kubishyiraho keretse iyo bigira icyo byongera ku kizere umuntu ashobora
    kugirirwa n’abo ashyikiriza umwirondoro.
    d) Uburambe
    Uburambe mu kazi ni igice cyo kwitonderwa. Aha ni ho uwandika umwirondoro
    aba agomba kwereka uwo yandikiye icyo azi gukora n’igihe amaze agikora.
    Iyo yakoze mu myanya myinshi, ayishyiraho ahereye ku wa nyuma aherukaho
    agenda agaragaza igihe yagiye ayimaraho. Hari igihe umuntu aba yarakoze
    iyimenyerezamwuga ni ngombwa ko abishyiraho cyanecyane iyo ataramara
    igihe kinini akora cyangwa se ari bwo bwa mbere yatse akazi. Ibyo bishobora
    kumwongerera amahirwe imbere y’uwo aha umwirondoro.

    e) Ubundi bumenyi
    Kumenya ibintu byinshi nta cyo bitwaye kuko ibyo umuntu azi byose bishobora
    kumugirira akamaro mu buzima bwe bwa buri munsi. Iyo rero umuntu azi ubundi
    bumenyi ntashidikanya kubigaragaza ku mwirondoro we cyanecyane iyo bifitanye
    isano n’akazi asaba.
    Urugero: Kuba azi mudasobwa, kuba afite uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga...

    f) Indimi
    Hari igihe umwanya umuntu ashaka uba usaba kumenya indimi z’amahanga. Ni
    ngombwa rero ko uwandika umwirondoro ashyiramo indimi zose azi.
    Mu kazi ako ari ko kose kumenya indimi z’amahanga byongerera amahirwe
    ugasaba. Ukora umwirondoro agaragaza urwego aziho urwo rurimi atabeshya
    (nduzi neza cyane, nduzi neza, nduzi bihagije, biciriritse) kuko kubeshya
    byamugiraho ingaruka mu gihe k’ikizamini k’ibiganiro.

    g) Ibyo akunda
    Umuntu ntabaho akora akazi ashinzwe gusa. Na nyuma y’akazi ubuzima
    burakomeza. Ibyo umuntu akunda rero biza nyuma y’akazi. Bigizwe n’ibyo umuntu
    akora kandi bimushimisha. Ariko na none ukora umwirondoro ntiyiyibagize ko
    ibimushimisha bishobora kumubera imbogamizi yo kutabona umwanya yifuza.
    Nk’urugero niba ari umuntu ukunda kumva indirimbo kuri radiyo, bikaba byerekana
    ko ari umuntu ukunze kuba ari wenyine ko kubana n’abandi byamugora, mu gihe
    umuntu ukunda gukina umupira aba agaragaza ko abana n’abandi neza ko no
    mu kazi byagenda bityo.

    h) Abantu bamuzi cyangwa abahamya
    Iyi ngingo y’abantu bazi nyiri umwirondoro si ngombwa buri gihe. Ariko hari
    ababisaba mu mwirondoro bikaba ngombwa ko ijyamo. Abantu bakunze
    gukenerwa si abaturanyi bawe cyangwa se bene wanyu bakomeye. Abazi
    umuntu baba bakenewe ni abarimu bamwigishije cyangwa abakoresha
    bamukoresheje kuko ukeneye umwirondoro wawe aba ashobora kubabaza ku
    bijyanye n’ubumenyi ufite cyangwa se ubushobozi n’imyitwarire byawe mu kazi.

    i) Kwemeza ko ibyo uvuze ari ukuri no gushyiraho umukono
    Iki ni cyo gice gisoza umwirondoro. Nyiri ukuwandika agomba gusoza yemeza
    ko amakuru yatanze ari ukuri ko anashobora kugenzurwa. Hanyuma agashyiraho
    itariki n’umukono we.

    Ibi ni byo by’ingenzi biba bikubiye mu mwirondoro. Cyakora ntibibujijwe ko hari
    andi makuru yakongerwamo igihe nyiri ukwandika abona ko hari amahirwe

    yamwongerera kugira ngo abone akazi yasabaga.

    III.3. Amatangazo


    Itangazo
    Mu rwego rwo kunoza imiyoborere myiza mu Murenge wa Gitaha, ubuyobozi
    bw’Umurenge wa Gitaha bunejejwe no kumenyesha abayobozi b’imidugudu
    bose bo mu Murenge wa Gitaha ko batumiwe mu nama nyunguranabitekerezo
    yo kurebera hamwe ikigero abaturage bagezeho mu gutanga ubwisungane mu
    kwivuza (mituweri) izaba ku Cyumweru tariki ya 25/01/2015, saa tatu za mu
    gitondo (09h00). Kuza kwanyu ni inkunga ikomeye mu kwita ku buzima bw’abo
    muyobora.

    Bikorewe i Gitaha ku wa 20/01/2015
    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gitaha.

    1. Inshoza y’itangazo
    Itangazo ni inzira cyangwa uburyo ukoresha igihe cyose ufite icyo ushaka
    kugeza ku bandi ukibamenyesha ugicishije mu itangazo.Urugero nk’ iyo banki
    zambuwe cyangwa se ibindi bigo biciriritse by’imari bihemukiwe na ba bihemu
    bakambura inguzanyo hatangazwa amatangazo, aba ba bihemu bagashyikirizwa
    inkiko batsindwa ibyabo bigatezwa cyamunara. Iyo hari imitungo izagurishwa
    abahesha b’inkiko b’umwuga batanga amatangazo bahamagarira abaturage
    kuzaza kwigurira. Bibaho kandi ko iyo umuryango watakaje umuntu atambutsa
    itangazo mu bitangazamakuru cyangwa kuri radiyo bahamagarira abantu
    gutabara umuryango wagize ibyago.

    Itangazo rero ni inyandiko irimo ubutumwa bamanika ahantu, buca mu
    kinyamakuru cyangwa kuri radiyo kugira ngo bumenyekane hagamijwe
    kwamamaza, kurangisha cyangwa kumenyesha.

    2. Uturango tw’itangazo
    Mu itangazo hagomba kubonekamo ibi bikurikira:
    -- Umutwe w’itangazo.
    -- Utanze itangazo.
    -- Uwo rigenewe.
    -- Ahantu igikorwa rimenyesha kiri, cyabereye cyangwa kizabera.
    -- Itariki igikorwa rimenyesha cyabereyeho cyangwa kizabera.

    3. Ubwoko bw’amatangazo
    Amatangazo arimo amoko anyuranye: amatangazo yo kubika, amatangazo
    yo kumenyesha, amatagazo yo kwamamaza, amatangazo yo kurangisha
    n’ubutumire.

    a) Amatangazo yo kubika
    Amatangazo yo kubika ni amatangazo atabaza agamije kumenyesha abantu ko
    hari umuntu witabye Imana akanavuga igihe azashyingurirwa.

    Urugero:
    Itangazo ryo kubika

    Umuryango wa Mporanyi Claudien ubarizwa mu Murenge wa Gashwi
    uramenyesha inshuti n’ abavandimwe ko umubyeyi wabo Kanamugire Roger wari
    urwariye mu bitaro bikuru bya Kinihira yitabye Imana none Ku wa gatatu tariki
    ya 23/5/2017. Bimenyeshejwe inshuti n’ abavandimwe batuye mu murenge wa
    Gishamvu, abakirisitu basengana na nyakwigendera muri paruwasi ya Mukingo n’
    abo bakoranaga ku bitaro bya Munini. Itariki yo gushyingura ni Ku wa gatandatu
    tariki ya 26/5/2017. Inshuti n’ abavandimwe bihutire gutabara
    Bikorewe Gashwi ku wa 23/05/2017

    b) Amatagmngazo yo kumenyesha
    Amatagmngazo yo kumenyesha ni amatangazo amenyesha abayumva amakuru
    atandukanye nk’inama, akazi, isoko ry’ibintu, cyamunara...

    Urugero:
    Itangazo ryo kumenyesha
    Mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cyahariwe ubuzima kizatangira ku wa
    12 kugeza ku wa 15/8 ,Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gasenyi bunejejwe no
    kumenyesha abaturage bose bo mu Murenge wa Gasenyi ko batumiwe mu
    gikorwa cyo kwipimisha ku bushake indwara ya Sida kizabera mu busitani bw’
    uwo umurenge. Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’ ubuzima
    n’ umuryango utabara imbabare Croix-rouge. Muri ki cyumweru cyahariwe
    ubuzima, iki gikorwa kizajya gitangira saa mbiri z’ igitondo gisoze saa kumi
    n’ imwe z’umugoroba. Abaturage basabwe kwitabira kuko burya amagara
    araseseka ntayorwa.
    Bikorewe i Gitaha ku wa 6/08/2015
    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gasenyi.

    c) Amatangazo yo kwamamaza
    Amatangazo yo kwamamaza ni amatangazo atangwa agamije kwamamaza
    ibikorwa by’umuntu ku giti ke, by’ishyirahamwe, by’inganda, amashuri, kugira
    ngo bimenyekane bibone ababigana mu buryo bwo kubiteza imbere.

    Urugero:
    Itangazo ryo kwamamaza
    Uruganda rukora amasabune ruherereye mu cyanya k’ inganda i Masoro
    ruramenyesha abantu bose ko rubafitiye amasabune ya “Urakeye” y’ ubwoko
    bwose: ay’ amazi, ay’ ifu n’ ay’ imiti ku ngano yose wakwifuza. Ayo masabune
    murayasanga mu masoko hose , mu maduka no ku ruganda . Ushaka kurangura
    cyangwa utwara byinshi turagutwaza tukakugeza iwawe.
    Gana uruganda rw’ amasabune“Urakeye” uce ukubiri n’ umwanda.

    d) Amatangazo yo kurangisha
    Amatangazo yo kurangisha ni amatangazo atangwa igihe umuntu yatakaje
    ikintu, yabuze umuntu kugira ngo ababimuboneye babimuhe cyangwa yatoye
    ibintu kugira ngo nyirabyo abashe kubibona.

    Urugero:
    Itangazo ryo kurangisha
    Nzirorera Jemus utuye mu murenge wa Kinyoni ararangisha ibyangombwa bye
    yabuze ku wa mbere tariki ya 01/11/2015, saa tatu za mu gitondo (09h00).
    Ibyo byangobwa byaburiye mu mu muhanda Kigali- Butare. Bikaba ari ikarita
    ndangamuntu, uruhushya rwo gutwara imoboka n’uruhushya rwo kujya mu
    mahanga. Uwabibona yabimugereza ku buyobozi bw’ umurenge wa Kinyoni
    cyangwa agahamagara kuri izi numero za telefoni 078.......akazahabwa ibihembo
    bishimishije.
    Bikorewe Kinyoni ku wa 2/11/2015

    e) Amatangazo atumira/ubutumire
    Ubutumire ni inyandiko ngufi itumira umuntu cyangwa abantu kwitabira umunsi
    mukuru runaka. Bene izi nyandiko twazigereranya n’amabaruwa y’ubucuti nubwo
    zo zidakurikiza imiterere y’ayo mabaruwa. Ubutumire bukoreshwa mu minsi
    mikuru inyuranye nko gushyingirwa, kubatirisha, kwizihiza isabukuru runaka,
    gutaha igikorwa runaka, gusangira ku meza, kwishimira kugera ku gikorwa
    runaka nko gufata impamyabumenyi...
    Ubutumire burangwa n’imiterere yabwo yo kuba hagaragaramo ibintu by’ingenzi
    bikurikira:
    -- Umutwe w’ubutumire
    -- Amazina y’utumira,
    -- Utumirwa,
    -- Igikorwa umutumiramo,
    -- Aho igikorwa kizabera.
    -- Umunsi n’isaha kizaberaho

    Urugero

    Umwandiko: Ikiganiro ku miyoborere myiza
    Ba nyakubahwa bayobozi b’imirenge muteraniye hano mugire amahoro!
    Mbere na mbere mbanje kubashimira ubwitabire bwanyu muri iyi nama. Tudatinze
    rero, nk’uko mwabisomye mu butumire mwahawe, uyu munsi turagirana ikiganiro
    n’umuyobozi waturutse muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, ushinzwe
    imiyoborere myiza. Hashize igihe havugwa ko muri aka Karere hari abayobozi
    batakira neza abo bashinzwe kuyobora ni yo mpamvu twatumiye uyu muyobozi
    ngo abagezeho ikiganiro ku miyoborere myiza. Ntabatindiye rero reka muhe
    umwanya atuganirize.Nyakubahwa Muyobozi umwanya ni uwanyu.
    Nyakubahwa Muyobozi w’Akarere ka Runoni,
    Ba nyakubahwa bayobozi b’imirenge inyuranye,
    Nimugire amahoro!

    Nasabwe kubagezaho ikiganiro ku miyoborere myiza. Ariko iyo tuvuze imiyoborere
    myiza twumva ibintu byinshi. Uyu munsi turaganira ku miyoborere myiza muri
    rusange twibande ku buryo bwo kwakira neza abatugana, kugira ngo twitwe ba
    Rugwirorusa mu mikorere yacu ya buri munsi.

    Imiyoborere myiza ni iteme abayoborwa n’abayobozi bahuriraho bagafatana
    urunana bagakemurira hamwe ibibazo bihari. Bibaye na ngombwa kuri iryo teme
    bahashinga intebe bakiga kuri gahunda ziteza imbere Igihugu n’isi muri rusange.
    Imiyoborere myiza ni uburyo buboneye bwo guhuza abayobozi n’abayoborwa, buri
    wese akagira kandi akamenya uburenganzira bwe n’inshingano ze. Imiyoborere
    myiza ni iyimakaza ubuyobozi bwiza, ukuzuzanya mu bitekerezo kw’abayobora
    n’abayoborwa hagamije iterambere ry’Igihugu.

    Igihe cyose umuturage atazaba afite uburenganzira bwo kwishyiriraho abayobozi
    binyuze mu matora no kugira uruhare mu kubakuraho igihe batujuje inshingano
    zabo, nta miyoborere myiza izaba irangwa mu Gihugu cyangwa mu gace
    runaka kacyo. Imiyoborere myiza igira amahame igenderaho. Ingero ni nyinshi.
    Muri rusange, guha abaturage uruhare mu buyobozi, gukorera mu mucyo,
    kumenyekanisha no kwisobanura ku byo ushinzwe gukora, kugira ubuyobozi
    buri wese yibonamo, kubaha igitekerezo cy’undi, guharanira ubwigenge
    mu bwuzuzanye hagati y’inzego z’ubuyobozi, kumenya kugira abandi inama
    kimwe no kutabogama, ukita ku nyungu rusange byinjira mu mahame y’ingenzi
    y’imiyoborere myiza.

    Mu miyoborere myiza hagomba kubonekamo gutanga ikaze. Ntibikwiye ko
    umuturage uje abagana aza yikandagira atazi niba muri bumwakire. Iyo bigenze
    bityo buri gihe ahora abunza imitima yumva ko abayobozi bose ari bamwe.
    Umuyobozi ubwira nabi abamushyize ku ntebe yaba ameze nka wa wundi utema
    ishami ry’igiti yicayeho. Umuyobozi mwiza yakira abaje bamugana bagahuza
    ibitekerezo, ahakenewe gukoreshwa amategeko agakoreshwa, uhanwa
    agahanwa, ukeneye kungwa mu bahanganye bigakorwa nta ruhande ubuyobozi
    bubogamiyemo.

    Ibiranga imiyoborere myiza ni byinshi. Imiyoborere myiza igomba gushingira ku
    mahame ya demukarasi. Abahanga basobanura ko demukarasi ari ubutegetsi
    bwa rubanda, butangwa n’abaturage, bukorera abaturage kandi bugakurwaho
    n’abaturage. Ibi bisobanura ko ubuyobozi mufite ari indagizo mugomba gufata
    neza, mugahora mwiteguye, igihe icyo ari cyo cyose, kuyimurikira rubanda
    rwayibaragije imeze neza, ishimishije. Ni yo mpamvu abayobozi batashoboye
    kurangiza neza inshingano baragijwe, rubanda rubakuraho ikizere bagasimbuzwa
    abandi babishoboye.

    Igihe abaturage bazaba bafite uburenganzira bwo kubashyiraho kugira ngo
    mubahagararire mu nzego zinyuranye z’ubuyobozi babinyujije mu matora, bafite
    uburenganzira bwo gukurikirana imikorere yanyu, ndetse bafite uburenganzira
    bwo kubagira inama no gushobora kubakuraho cyangwa kubasimbura igihe
    bigaragaye ko mutashoboye kuzuza inshingano zanyu. Umuyobozi agomba
    kwakira neza abaturage, akabatega amatwi yicishije bugufi, agakemura ibibazo
    atabogamye agakurikiza amategeko. Iyo umuyobozi abigenje atyo usanga
    yubahwa kandi agace aherereyemo kagatera imbere. Igihugu gifite abayobozi
    nk’abo gitera imbere.

    Nyakubahwa Muyobozi w’akarere,
    Ba nyakubahwa bayobozi muteraniye hano, kirazira ko umuyobozi yicara mu biro
    ngo avugire kuri terefone ibijyanye n’inyungu ze bwite abaturage bamutegereje
    ku muryango. Ntibikwiye ko muca ku baturage baje babagana mutababajije
    ikibagenza ngo mubakemurire ibibazo. Birashoboka ko yenda bamwe muri mwe
    musohoka mu biro mugaca ku baturage babategerereje hanze mutabasuhuje
    mukinjira mu modoka zanyu mukagenda. Umuyobozi nk’uwo ntazi kwakira
    abamugana. Niba muri mwe harimo umuyobozi nk’uwo ndamumenyesha ko
    yahinduka akareka kubangamira uwo muco w’amahoro, akareka kudusebya dore
    ko burya ngo umukobwa aba umwe agatukisha bose. Mu kwakira ababagana
    mugomba kurangwa n’amagambo nka “muraho, murakaza neza murisanga,
    tubafashe iki? N’ayandi nk’ayo.”
    Murakoze, murakarama.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Uyu mwandiko ni bwoko ki? Ugamije iki?
    2. Garagaza uko uyoboye ikiganiro asobanura imiyoborere myiza muri
    rusange?
    3. Ni ibiki tubwirwa mu mwandiko biranga umuyobozi mwiza?
    4. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa mu mwandiko?
    5. Rondora izini mvugo waba uzi zikoreshwa mu kwakira neza abakugana.
    6. Ni iki wungukiye muri iki kiganiro mbwirwaruhame?
    II. Ibibazo by’inyunguramagambo
    1. Tanga ibisobanuro by’ amagambo akurikira ari mu mwandiko:
    a) Ubwitabire:
    b) Ba Rugwirorusa:
    c) Aza yikandagira:
    d) Kubunza imitima:
    e) Abamushyize ku ntebe:
    2. Soma buri jambo rivuye mu mwandiko hanyuma urihuze n’ igisobanuro

    cyaryo ukoresheje akambi.

    III. Ibibazo ku ibaruwa y’ubutegetsi, ku mwirondoro no ku
    matangazo

    1. Ushingiye ku ishami wize, andike ibaruwa isaba akazi kajyanye n’ibyo
    wize. Ku mugereka w’ibaruwa wanditse, ushyireho umwirondoro wawe.
    2. Ishyire mu mwanya w’umubyeyi, maze wandikire inshuti yawe uyitumira
    mu bukwe bw’ umwana wawe ugiye gushyingirwa.
    3. Andika itangazo rirangisha ibyangombwa byawe byabuze harimo
    irangamuntu, uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga n’ ubwishingizi
    bw’ubuzima. Urikore ku buryo bizakugeraho neza wubahiriza uturango
    twose tw’itangazo.

    

  • UMUTWE WA 4 INGARUKA Z’IBIYOBYABWENGE

    IV.1. Umwandiko: Twirinde ibiyobyabwenge





















    4.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko


    4.1.2. Gusoma no kumva umwandiko



    IV.2 Inkuru ishushanyije


    4.2.1. Inshoza y’inkuru ishushanyije
    Inkuru ishushanyije ni inkuru iteye nk’ikiganiro aho abantu babiri cyangwa benshi
    baganira bungurana ibitekerezo, bajya impaka zubaka cyangwa zisenya. Bene
    izi nkuru zishushanyije zibangikanya amagambo n’amashusho y’abanyarubuga.
    Amagambo avugwa ashyirwa mu tuziga dufite uturizo dufite ikerekezo cy’aho
    umunyarubuga uyavuga aherereye.

    Bigaragara neza ko inkuru ishushanyije idashyirwa mu bika ahubwo amashusho
    y’abakinankuru n’amagambo bavuga bishyirwa mu tudirishya tugenda
    dutondekwa bahereye ibumoso bajya iburyo. Inkuru ishushanyije itera amatsiko
    ashingiye ku ibangikana ry’amagambo n’amashusho. Umukinankuru iyo
    agaragaza imbamutima ze, amashusho arabigaragaza. Amagambo iteka aba

    afitanye isano ijyanye neza n’ikivugwa.

    4.2.2. Uturango tw’inkuru ishushanyije
    Inkuru ishushanyije irangwa n’ibi bikurikira:
    -- Umurambararo: uruhererekane rutambitse rw’amashusho.
    -- Igipande: urupapuro rwose rugizwe n’imirambararo.
    -- Urukiramende: umwanya wanditsemo ibisobanuro bitangwa
    n’umubarankuru. Ibyo bisobanuro byitwa imvugo ngobe.
    -- Agatoki: ni agashushanyo k’akaziga gasongoye gahuza amagambo
    n’uyavuga.
    -- Akazu: ni umwanya w’ishusho utangiwe n’idirishya.
    -- Idirishya: imbibi z’ishusho cyangwa z’akazu.
    -- Uruvugiro: ni umwanya urimo ikiganiro cy’abanyarubuga.
    -- Akarangandoto: ni agashushanyo k’akaziga kariho akarongo kagizwe
    n’utudomo kerekera ku muntu kagaragaza ibyo arota cyangwa atekereza.
    -- Imvugondoto: ni amagambo umuntu ashobora gusoma ku gipande
    aranga icyo umunyarubuga atekereza cyangwa
    se aranga umwivugisho w’umunyarubuga.
    -- Agakino: ni uruhererekane rw’amashusho ari mu muteguro umwe. Ni
    ukuvuga abanyarubuga bamwe hatagize usohokamo cyangwa undi
    winjiramo.
    -- Abanyarubuga:ni abantu, ibintu cyangwa inyamaswa bifite icyo bikora

    mu nkuru.

    IV.3. Ikomora: Ikomorazina


    Inshoza y’ikomora
    Ikomora ni uburyo ijambo rishobora kuva ku bundi bwoko bw’ ijambo hakoreshejwe
    inzira zinyuranye. Inshinga zishobora gukomokwaho n’ inshinga hifashishijwe
    imigereka aribyo bita ikomoranshinga. Zishobora no gukomokwaho n’ amazina
    cyangwa amazina agakomokwaho n’ andi mazina aribyo bita ikomorazina. Muri
    iki gice turibanda ku ikomorazina.
    Mu Kinyarwannda, habaho uburyo bubiri bw’ ikomorazina aribwo ikomorazina
    mvazina n’ ikomorazina mvanshinga.

    1. Ikomorazina mvazina
    Ikomorazina ni uburyo bwo gukomora amazina ku yandi mazina, gukomora
    amazina ku nshinga cyangwa ku bundi bwoko bw’amagambo. Ikomorazina
    mvazina ni uburyo bwo kurema amazina mashya uhereye ku yandi mazina.

    Ingero



    -- Habaho inzira zitandukanye zo gukomora amazina ku yandi. Iyo izina
    ryakomotse ku rindi bigira icyo bihindura ku nyito yaryo ugereranyije
    n’iy’izina ryaribyaye; cyokora izo nyito zombi zikomeza kugirana isano. Dore

    zimwe mu nzira z’ikomorazina mvazina zikunze kugaragara:

    a) Isubiramo ry’igicumbi k’izina

    Ingero


    b) Ihindura ry’inteko y’ijambo

    Ingero


    c) Iyongera ry’akabimbura”nya na nyira” mu izina ryari risanzwe

    Ingero


    d) Ihindura ry’izina rusange mo izina bwite

    Ingero



    e) Izina ryitirira cyangwa rigaragaza isano hagati y’ibintu bibiri

    Ingero


    f) Ikoreshwa ry’umusuma ku izina risanzwe

    Ingero


    -- Amazina akomoka ku ikomorazina mvazina agira intego nk’iy’izina mbonera
    cyangwa se izina ry’urusobe bitewe n’imiremere yayo.

    Ingero


    2. Ikomorazina mvanshinga
    Ikomorazina mvanshinga ni ihimba ry’amazina mashya afatiye ku mizi y’inshinga
    zisanzwe mu rurimi. Amazina menshi y’Ikinyarwanda akomoka ku nshinga. Hari
    ndetse amazina amwe n’amwe umuntu agira ngo ni umwimerere kandi akomoka
    ku nshinga.

    Ingero

    






    Ikitonderwa: Iyi misozo y’ikomorazina mvanshinga ishobora no gukorana
    n’inshinga zifite ingereka.

    Ingero





    Inshoza y’ikeshamvugo
    Ikeshamvugo ni ubuhanga bukoreshwa mu kuvuga no guhanga mu
    Kinyarwanda . Iyo akaba ari imvugo inoze, yuje ikinyabupfura, ifite inganzo kandi
    ivugitse ku buryo bunoze. Ikeshamvugo ahanini, ni imvugo ikoreshwa mu guha
    agaciro umuntu uyu n’uyu cyangwa ikintu iki n’iki bitewe n’akamaro gifite mu
    muco w’Abanyarwanda, bityo hakirindwa gukoreshwa izina ryacyo mu buryo

    bukocamye. Mu ikeshamvugo ni ho hakoreshwa ijambo “Ntibavuga, bavuga”.
    Umuntu akaba yabasha gutandukanya imvugo ikoreshwa ku mwami, ku ngoma,
    ku nka, ku mata ku gisabo ku isekuru n’ibindi.

    4.4.1. Ikeshamvugo ku nka





    4.4.3. Ikeshamvugo ku ngoma







    4.5.1. Inshoza n’uturango by’inshoberamahanga
    Dukurikije inyito yazo, inshoberamahanga ni imvugo umuntu utarakenetse
    ururimi adahita yumva igisobanuro cyazo, iyo bazivuze. Bavuga ko ikintu
    cyashobeye umuntu iyo cyamunaniye akabura uko abigenza ndetse n’uko
    agisobanura. Akenshi na kenshi abumva bene izo mvugo ntibazisobanukirwe ni
    abanyamahanga kuko baba batazi umuco cyangwa amateka y’u Rwanda kandi
    inshoberamahanga ari byo zishingiyeho. Aho ni na ho haturutse kwita bene izo
    mvugo “inshoberamahanga”.

    Ingero:
    Gufatwa mpiri.
    Kuvoma hafi.
    Kurambika inda ku muyaga.
    Guta inyuma ya Huye.
    Inshoberamahanga irangwa no kuba igizwe n’inshinga n’icyuzuzo cyayo. Ikaba
    kandi ikoresha imvugo shusho itandukanye n’ibisobanuro by’amagambo ayigize.

    4.5.2 Gusobanura inshoberamahanga
    Dukurikije imiterere yayo, inshoberamahanga ni imvugo ifite igisobanuro kidahuye
    n’igisobanuro k’ijambo cyangwa amagambo ayigize. Mu kuyisobanura bisaba ko
    umuntu aba amenyereye umuco n’ururimi by’Ikinyarwanda.

    Ingero
    -- Gutora agatotsi: gusinzira
    -- Gusuka amarira: kurira
    -- Guca inshuro: gukorera ibyo kurya
    -- Gushira amanga: kutagira ubwoba/kutagira umususu.
    -- Kuvoma hafi: kurakazwa n’ubusa/kurizwa n’ubusa.
    -- Gutera isekuru: kugenda ucumbagira
    -- Gufatwa mpiri: gufatwa uri muzima
    -- Kurambika inda ku muyaga: Kwiruka cyane.
    -- Guta inyuma ya Huye: kuvugira ubusa uwo ubwira adashyira mu bikorwa

    ibyo umubwira.

    IV.6. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
    Uhereye ku biranga inkuru ishushanyije, hanga inkuru ishushanyije ku
    nsanganyatsiko wihitiyemo maze ukoreshemo inshoberamahanga nibura eshanu

    ndetse n’amagambo yabugenewe ku nyamanswa cyangwa ibintu bitandukanye.

    IV.7. Isuzuma risoza umutwe wa kane
    Soma umwandiko ukurikira usubize ibibazo byawubajijweho.
    Umwandiko: Ingaruka z’ibiyobyabwenge mu rubyiruko
    Muvara ni umwana w’umuhungu uri mu kigero k’imyaka cumi n’itandatu. Amaso
    yaratukuye, iyo agenda mu nzira agenda yivugisha ahekenya amenyo. Umunsi
    umwe twahuriye mu gatsibanzira kitaruye ikigo k’ishuri cya Mabimba atumagura
    itabi rizinze mu ikoma ryumye. Yari yambaye impuzankano bigaragara ko ari
    umunyeshuri. Ndamwegera, ndamusuhuza maze turatangira turaganira.
    Uraho yewe mwa?

    Ndi aha nyine ntundeba se! Ee! Bite meri wange? Ubu nge mba ndi mu maswingi
    wana ntabwo nshaka amagambo menshi!
    Akimara kunsubiza atyo mpita menya ko ari umwana wokamwe n’ibiyobyabwenge
    ndamwegera ntangira kumuganiriza ntuje. Ambwira ko ari umunyeshuri wiga mu
    mwaka wa mbere. Ikigero ke nticyatumaga wakeka ko yiga mu mwaka wa mbere
    ahubwo wamukekeraga kuba yararangije amashuri yisumbuye. Ndakomeza
    ndamuganiriza nihanganira imvugo nyandagazi yakoreshaga kuko nabonaga na
    we atari we ahubwo abiterwa no kubatwa n’ibiyobyabwenge.

    Ageze aho atangira gucururuka maze aranyemerera duhuza urugwiro. Icya
    mbere nifuzaga kumenya, ni ibiyobyabwenge urubyiruko rw’abanyeshuri
    bakoresha ibyo ari byo, igihe babifatira, aho babikura n’igituma babifata. Nyuma
    y’ikiganiro kirekire nagiranye na we nsanga ibiyobyabwenge bikunze gukoreshwa
    n’urubyiruko rw’abanyeshuri ari urumogi, kanyanga n’indi nzoga ntamenye neza
    yitaga siriduwire. Ansobanurira ko babifata mu kiruhuko cyabo bari ku ishuri.
    Ikindi kandi yambwiye ni uko ngo akenshi babifata iyo bari mu biruhuko bisoza
    igihembwe cyangwa ibisoza umwaka; babeshya ababyeyi babo babafata ku
    maso ko bagiye gusobanurirana amasomo ubundi bakigira mu biyobyabwenge.

    Akimara kumbwira ibyo byanteye amatsiko yo kumenya aho babikura n’uko
    babibona kandi nta mafaranga baba bakorera dore ko bigurwa n’amafaranga
    menshi. Ansobanurira ko bayiba iwabo cyangwa bagakoresha amafaranga
    baba bahawe nyuma yo kubeshya ababyeyi ko batumwe n’ishuri ibikoresho
    runaka. Ansobanurira kandi ko aho babikura ari henshi ko hari bagenzi babo
    biga bataha baba babicuruza babizana mu dukapu twabo. Hari n’abaturanyi
    baba babicuruza bakabigura na bo mu gihe k’ikiruhuko cya saa yine cyangwa
    saa sita bakabibagurishiriza ku ruzitiro rw’ishuri inyuma y’amashuri ahategereye
    ubuyobozi bw’ishuri.

    Ku giti ke, mubaza icyamuteye kunywa ibiyobyabwenge ansobanurira ko bagenzi
    be bamubwiraga ko bituma atinyuka, agasubiza mu ishuri ashize amanga kandi
    ko ngo binatera akanyabugabo. Nkimara kumva ibisobanuro yampaga nsanga
    ngomba kumuba hafi nkamufasha kureka ibiyobyabwenge.

    Muganiriza ntuje mwumvisha uburyo kuba akiri mu wa mbere kandi abandi
    bangana bararangije amashuri yisumbuye ari ukubera kunywa ibiyobyabwenge
    bigatuma asiba kenshi ishuri, yakora ibizamini agatsindwa agahora asibira.
    Musobanurira ko bigira ingaruka ku buzima bw’ubikoresha nko gutukura amaso,
    kudatekereza neza, kutagira ikinyabupfura, kudasinzira iyo atabikoresheje…
    Ikindi kandi musobanurira uburyo ibiyobyabwenge bigira ingaruka ku iterambere
    ry’igihugu mugaragariza uburyo ubikoresha adakora kubera kubura imbaraga
    kandi ko n’amafaranga abigura aba akwiye kumuteza imbere cyangwa agateza
    imbere igihugu. Ariyumvira hashize umwanya aransubiza ati: “None se nakora
    iki?” Mubwira ko yabireka kandi akagaragaza n’abandi bagenzi be babifata ku
    ishuri ndetse akanavuga uburyo babibona n’aho babikura. Hashira umwanya
    munini yiyumvira ageze aho arambwira ati: “Nge ngiye kubireka kandi n’amaniga
    yange ndayagira inama abireke. Ni byo bituma ntatsinda mu ishuri kandi
    bigatuma mpora mbeshya ababyeyi, mbiba amafaranga! Ahubwo urakoze kuba
    ungiriye iyi nama. None se ko nabitangiye bambwira ko nzashira ubwoba nkajya
    nsubiza neza mu ishuri none nkaba maze imyaka ine mu wa mbere bimariye
    iki? Ndabiretse! Ahubwo n’utu tubure nari nsigaranye reka ntujugunye ndetse
    n’aka ka siriduwire reka nkajugunye. Ubu nange mfashe umugambi wo kugira
    inama nk’iyi ungiriye urubyiruko rw’abanyeshuri bangenzi bange ndetse n’urundi
    rubyiruko duturanye rutiga, na bo bareke ibiyobyabwenge twiyubakire Igihugu.”
    Akimbwira atyo mukora mu ntoki ndamushimira mubwira ko nzajya nza kumusura
    kenshi nkamuganiriza. Aranyemerera ansezeraho arataha.

    Nyuma y’icyo kiganiro na we, binyereka ko abaturanyi n’ababyeyi ari ngombwa
    cyane ko bakurikirana imyigire y’abana babo ku ishuri. Bakamenya igituma
    batiga neza kandi bakagenzura niba amafaranga yose abana babo babasaba
    bavuga ko bayatumwe ku ishuri biba ari byo koko. Buri mubyeyi ahuze urugwiro
    n’umwana. Bakurikirane imyigire y’abanyeshuri biga bataha iwabo, abarimu
    bagenzure ibyo bashobora kuzana ku ishuri, babaze ababyeyi impamvu abana
    babo bataboneka buri munsi ku ishuri iyo hari abo babonaho iyo ngeso yo gusiba
    kenshi. Abayobozi b’ishuri bagomba gushishikariza buri munyeshuri kugaragaza
    bagenzi be bakoresha ibiyobyabwenge cyangwa se abakekwaho kubikoresha
    kugira ngo bagirwe inama. Ni ngombwa gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta
    bakagenzura abacuruza ibiyobyabwenge babiha abanyeshuri bakabashyikiriza

    inzego zibishinzwe.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Ni nde uvugwa muri uyu mwandiko? Aravugwaho iki? Iyo umurebye
    ubona arangwa n’iki? Kubera iki?
    2. Vuga ububi bwo kunywa ibiyobyabwenge ushingiye kuri uyu mwandiko.
    3. Ni izihe ngamba zivugwa mu mwandiko zo kurwanya ibiyobyabwenge mu
    rubyiruko no mu mashuri by’umwihariko?
    4. Vuga ingingo z’ingenzi n’iz’ingereka ziri mu mwandiko umaze gusoma.
    5. Gereranya ubuzima ubamo n’ibivugwa mu mwandiko, ugeza ku bandi
    inyigisho wakuye mu mwandiko.
    6. Vuga ingaruka z’ibiyobyabwenge mu muryango nyarwanda.

    II. Ikibazo k’inyunguramagambo
    Ubaka interuro zawe bwite ukoresheje amagambo akurikira dusanga mu
    mwandiko.
    a) Impuzankano
    b) Kubatwa n’ibiyobyabwenge
    c) Imvugo nyandagazi
    d) Gucururuka
    e) Guhuza urugwiro
    III. Ibibazo ku kibonezamvugo
    1. Tahura amazina akomoka ku ikomorazina mu nteruro zikurikira maze
    ugaragaze inzira z’ikomorazina zifashishijwe kugira ngo haboneke ayo
    mazina.
    a) Imitobotobo ikunda kuba ku mirombero y’inzira.
    b) Umuvuzi w’amatungo yahamagajwe n’akarere.
    c) Muvara yari yarabaye imbata y’itabi.
    2. Sesengura amazina y’umukara tsiri ari mu nteruro zikurikira, ugaragaza
    intego yayo n’amategeko y’igenamajwi.
    a) Mu gihe k’ikiruhuko cya saa yine, abanyeshuri babaswe n’ibiyoyabwenge
    nibwo bajya kubigura.

    b) Nyiramana ni umunyamwuga.
    c) Amahenehene agira intungamubiri nyinshi.
    IV. Ibibazo ku nkuru ishushanyije, ku ikeshamvugo no ku
    nshoberamahanga

    1. Uzuza iyi mbonerahamwe


    2. Tahura mu gika gikurikira inshoberamahanga, uzikoreshe mu nteruro

    zawe bwite.
    .....Mubyeyi, rwose urakoze. Ntabwo ugosoreye mu rucaca cyangwa ngo
    ute inyuma ya Huye. Ubu nange mfashe umugambi wo kugira inama nk’iyi
    ungiriye urubyiruko rw’abanyeshuri bangenzi bange ndetse n’urundi rubyiruko
    duturanye rutiga, na bo bareke ibiyobyabwenge. Abazanga kuva mu ngeso mbi
    z’ibiyobyabwege, nzatungira agatoki inzego z’umutekano zibate muri yombi
    kugira ngo bage kugororwa. ” Akimbwira atyo, mukora mu ntoki ndamushimira,
    mubwira ko nzajya nza kumusura kenshi nkamuganiriza. Aranyemerera
    ansezeraho arataha.
    3. Akarangandoto gatandukaniye he n’agatoki?
    4. Hanga inkuru ngufi ishushanyije ku nsanganyamatsiko wihitiyemo.
    IBITABO N’INYANDIKO BYIFASHISHIJWE
    1. IKIGÔ CY’ÛBUSHAAKASHAATSI MU BY’ÛBUHAÂNGA
    N’ÎIKÔRANABÛHAÂNGA (n.d), Inkoranya y’Îkinyarwaanda mu
    Kinyarwaanda, IRST Butare, Igitabo cya 1
    2. IKIGO K’IGIHUGU GISHINZWE INTEGANYANYIGISHO NCDC
    (2008). Imyandiko mfashanyigisho, Umwaka wa gatanu w’amashuri
    yisumbuye.
    3. IKIGO K’IGIHUGU GISHINZWE INTEGANYANYIGISHO NCDC
    (2008), Imyandiko mfashanyigisho, Umwaka wa gatandatu w’amashuri
    yisumbuye.
    4. INTEKO NYARWANDA Y’URURIMI N’UMUCO (2014). Amabwiriza
    ya Minisitiri no 001/2014 yo ku wa 08/10/2014 agenga imyandikire
    yemewe y’Ikinyarwanda, Kigali.
    5. NSANZABERA, J.D. (2013) Ikeshamvugo mu Kinyarwanda: imvugo
    isukuye, ikeshamvugo ry’amagambo akwiye n’inshoberamahanga
    zisobanuye. Kigali
    6. JACOB I. (1983). Dictionnaire Rwandais-Français en 3 volumes, Tome
    premier, Kigali.
    7. JACOB I. (1985). Dictionnaire Rwandais-Français en 3 volumes, Tome
    troisième, I.N.R.S,Butare.
    8. Mgr BIGIRUMWAMI, A. (1984). Imihango n’Imigenzo n’Imiziririzo mu
    Rwanda, Nyundo, Troisième édition.
    9. MINISTRY OF EDUCTION-RWANDA EDUCATION BOARD (2019),
    Ikinyarwanda, Amashuri y’isumbuye, umwaka wa 4, Amashami yiga
    ikinyarwanda nk’isomo rusange.
    10. MINISTRY OF EDUCTION-RWANDA EDUCATION BOARD (2019),
    Ikinyarwanda,Amashuri y’isumbuye, umwaka wa 5, Amashami yiga
    ikinyarwanda nk’isomo rusange.
    11. RWANDA EDUCATION BOARD (2015) Integanyanyigisho
    y’Ikinyarwanda mu mashuri nderabarezi (TTC) umwaka 1, amashami ya
    siyansi n’imbonezamubano.
    12. COUPEZ, A. 1980. Abrégé de Grammaire Rwanda, Tome 1,2. Butare :
    INRS.
    13. BIZIMANA, S., 1998, Imiteêrere y’Ikinyarwaanda I, IRST, Butare.
    14. BIZIMANA, S., 2002, Imiteêrere y’Ikinyarwaanda II, IRST, Butare.
    15. MINISITERI Y’AMASHURI ABANZA N’AYISUMBUYE: Ikinyarwanda:
    umwaka wa munani Gashyantare 1988.
    16. RWANDA EDUCATION BOARD . (2019). Iteganyanyigisho
    y’Ikinyarwanda mu mashuri nderabarezi (TTC) uwamaka wa 1,2&3
    Ishami ry’indimi. Kigali, REB.
    17. RWANDA EDUCATION BOARD . (2017). Ikinyarwanda-Amashuri
    yisumbuye, umwaka wa 6, Igitabo cy’umunyeshuri. Kigali-Rwanda.
    18. RWANDA EDUCATION BOARD . (2017). Ikinyarwanda - Amashuri
    yisumbuye, umwaka wa gatatu, igitabo cy’umunyeshuri. Kigali-Rwanda.
    19. RWANDA EDUCATION BOARD, 2017. Ikinyarwanda - Amashuri
    yisumbuye, umwaka wa gatanu, Twumve Tuvuge Dusome, Igitabo
    cy’umunyeshuri. Kigali-Rwanda.
    20. MUTAKE, T., 1990, Ikibonezamvugo k’ Ikinyarwanda: Iyigamajwi
    n’iyigamvugo les Editions de la Regie de l’Imprimerie scolaire.
    21. RUGAMBA, C., 1985. Chansons Rwandaises ; INRS/BUTARE
    22. RWANDA EDUCATION BOARD, 2018. Ikinyarwanda-Amashuri
    yisumbuye umwaka wa kane, igitabo cy’umunyeshuri. Kigali- Rwanda.
    23. MBONIMANA G. Na NKEJABAHIZI J.C, 2011. Amateka
    y’ubuvanganzo nyarwanda, kuva mu kinyejana cya XVII kugeza
    magingo aya, Editions de l’Université Nationnale du Rwanda.
    24. . KAREGE F., 1982, Mwanankundi
    25. Leonille, M. (2017). Ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati
    y’umugabo n’umugore. http://www.yfcrwanda.com
    Imbuga nkoranyambaga zifashishijwe
    1. www.irembo.gov.rw

    2. www.imirasire.com

    IMIGEREKA
    Twiyungure amagambo
    Ako ku mugongo w’ingona: urumogi cyangwa kanabisi.
    Amaniga: Ni imvugo nyandagazi isobanura bagenzi bawe, urungano.
    Amashyushyu: amatsiko.
    Anyihunza: agenda amva iruhande, agenda yigirayo.
    Bahezwaga: Nta mwanya bahabwaga.
    Bakanirwe urubakwiye: bahabwe igihano kingana n’uburemere bw’ibibi
    bakoze.
    Bimwanga mu nda: ntiyashobora kubyihanganira.
    Bimwanga mu nda: ntiyashobora kubyihanganira.
    Gucanganyikirwa: gusara.
    Gucanganyikirwa: gusara.
    Guhanga umuntu amaso: kwitegereza umuntu cyane.
    Guhanga umuntu amaso: kwitegereza umuntu cyane.
    Guhiga: kwiyemeza ibintu uzakora mu gihe runaka.
    Guhungabana: gukangarana bitewe n’ibyo wabonye cyangwa ibyagubayeho.
    Gukorera umuntu ibya mfura mbi: kumuhohotera cyane ukamugirira nabi
    bikabije.
    Gukorera umuntu ibya mfura mbi: kumuhohotera cyane ukamugirira nabi
    bikabije.
    Gupyinagazanya: Gukandamizanya.
    Gusaba: kuzura mu muntu by’ikintu kimutera ibyishimo cyangwa ububabare
    cyangwa kumutaha by’indwara; gukwirakwira ahantu hose kw’amazi, umunuko
    n’ibindi.
    Gushinyagurira umuntu: kongerera ububabare uwari asanzwe abufite.
    Gushinyagurira umuntu: kongerera ububabare uwari asanzwe abufite.
    Gusubira ibwonko: Kwibaza.
    Guta umutwe: kubura icyo ukora n’icyo ureka kubera ibibazo
    Guta umutwe: kubura icyo ukora n’icyo ureka kubera ibibazo
    Ibiyobyabwenge: ni ibintu byose umuntu ashobora kunywa, kurya, guhumeka
    cyangwa kwitera mu mubiri bikaba byahindura imikorere y’umubiri we,
    bikawangiza kandi bigatera indwara. Mu yandi magabo, ibiyobyabwenge, ni ibintu
    byose iyo byinjijwe mu mubiri w’umuntu hakoreshejwe uburyo butandukanye,
    bihindura imikorere y’ubwonko n’imyanya y’ibyiyumviro ntikore neza, bigatuma
    umuntu ahindura imyifatire mu buryo budahwitse
    Icyomanzi: izina baha umuntu w’urubyiruko ugenda araraguzwa cyangwa
    wigize inzererezi kandi akaba afite imyitwarire ikemangwa.
    Igenamigambi: Gahunda y’itegurwa ry’ibikorwa abantu biyemeza kuzageraho
    mu gihe runaka. Uburyo bwo gutekereza cyangwa gutegura ikintu uzakora
    mbere y’igihe.
    Igitambambuga: umwana ukiri muto ukambakamba.
    Ihame: Ukuri kudakuka, ikintu kemejwe burundu.
    Ikimenyane: uburyo umuntu aha amahirwe abantu bamwe akirengagiza abandi
    bitewe n’ impamvu runaka.
    Ikirezi: ubwiza, uburanga, ihoho. Bishatse kuvuga nanone akazu keza kaba ku
    dusimba tumwe na tumwe tuba mu nyanja abantu badukoramo imitako myiza
    cyane.
    Imbonezamubano: Ikintu kerekeranye n’imibanire myiza y’abaturage.
    Impano: Ikintu kiza Imana iba yarateganyirije umuntu cyangwa umuntu aba
    yarateguriye undi akazakimuha kikamubera urwibutso.
    Inshuke: umwana muto umaze kuva ku ibere atacyonka
    Inteko: abantu benshi bari hamwe.
    Inyangabirama: umugizi wa nabi.
    Inyangabirama: umugizi wa nabi.
    Inzego bwite: Ni imirimo n’imikorere idasangiwe n’abantu abo ari bo bose
    ishyirwaho ikanagenzurwa na leta by’umwihariko.
    Iragushora: Irakuyobya.
    Ishavu: agahinda gakomeye umuntu aterwa no kwibuka inabi yagiriwe cyangwa
    ibibi yabonye.
    Izungura: Gusimbura umuntu mu bye ukabyitungira, yaba abiguhaye, apfuye
    nta we abiraze cyangwa ubimukuyemo.
    Kufira: kurandura ibyatsi byameze mu myaka.
    Kuganza: gutsinda, gutera ubwoba, gutinywa, kubahwa kubera isumbwe
    urusha abandi.
    Kugwa mu kantu: kumirwa ukabura icyo uvuga.
    Kugwa mu kantu: kumirwa ukabura icyo uvuga.
    Kuronka: kubona ikintu ushaka.
    Kuvugira hejuru: gusakuza, kuvuga cyane.
    Kwesa imihigo: kurangiza ibyo wiyemeje gukora mu gihe wihaye.
    Kwinumira: kutagira icyo uvuga ukicececera.
    Kwisungana: kwifatanya, kwegeranya imbaraga kugira ngo mubashe gukora
    icyo umuntu umwe atakwishoboza.
    Kwiyesura: kwiterera hejuru kubera agahinda ufite.
    Kwizimba mu magambo: kumara umwanya munini uvuga ugatuma abantu
    barambirwa.
    Kwizimba: gutinda ahantu cyangwa mu bintu.
    Mutima w’urugo: ijambo ry’icyubahiro rivuga umugore usobanukiwe neza
    n’ibijyane no kubaka urugo.
    Ntigukura: Ntikugarura, ntigukiza.
    Raboratwari:inzu bapimiramo indwara z’abantu, iz’amatungo cyangwa
    ikorerwamo ubushakashatsi bunyuranye hifashishijwe ibikoresho byabugenewe.
    Ubukangurambaga: igikorwa cyo gushishikariza abantu benshi kwitabira
    ikintu runaka.
    Ubukangurambaga: Inyigisho ku kintu runaka zihabwa abantu benshi ku buryo
    buhoraho.
    Ubukombe: umugabo cyangwa imfizi bikuze kandi bihamye.
    Uburoko: ahantu bafungira abantu, gereza, muri kasho.
    Ubwehe: impamvu y’ibanze, intandaro y’ibyago, umutima wuje ubugwanabi,
    icyago kirimbura ibintu.
    Umunyamashyengo: Umuntu ukunda gusetsa cyane .
    Umunyotwe: umuriro umeze nk’ivu.
    Umunyotwe: umuriro umeze nk’ivu.
    Umutware: umuyobozi cyangwa ukuriye abandi mu muryango cyangwa mu
    buyobozi runaka.
    Umuviye: ijambo ryo mu mvugo nyandagazi rikomoka ku rurimi rw’igifaransa
    risobanura umuntu ukuze, umusaza.
    Wana: ijambo ryo mu mvugo nyandagazi rifite inyito ya shahu.
    Imyandiko y’inyongera
    Igisigo : Naje kubara inkuru





    Bifatiye ku byavuye mu gitabo k’Ikinyarwanda, umwaka wa Gatandatu, 2008

    urup.46-48