• UMUTWE 3: UBURINGANIRE N’UBWUZUZANYE

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe 
    - Gusesengura imbwirwaruhame hagaragazwa ingingo z’ingenzi 
    ziyikubiyemo n’imbata yayo.
    - Guhanga no kuvuga imbwirwaruhame ku nsanganyamatsiko yahawe. 
    - Gusobanura no gutahura mu mbwirwaruhame amafatizo y’ubwumvane 

    n’imimaro y’ururimi. 

    Igikorwa cy’ umwinjizo

    Ushingiye ku bumenyi ufite, sobanura mu magambo yawe bwite uburinganire 
    n’ubwuzuzanye mu muryango, ugaragaze uko bumeze mu muryango 

    nyarwanda utanga n’ingero zifatika.

    I ko agenga ubwumvane

    III.1. Umwandiko: Uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryanyo

    kj

    Bayobozi b’utugari n’imidugudu igize Umurenge wa Munanira,
    Baturage mutuye mu Murenge wa Munanira,
    Nongeye kubasuhuza, nimugire amahoro! Nyuma y’iki gikorwa cy’umuganda cyari 
    cyaduteranyirije hano, ndagira ngo mbamenyeshe ko uyu munsi hateganyijwe 
    kuganira ku buringanire n’ubwuzuzanye mu muryango. 
    Nkaba ngira ngo mbamenyeshe ko icyo kiganiro tugiye kukigezwaho 
    n’Umunyarwandakazi wishimira ibyiza Leta y’u Rwanda yagejeje ku bakobwa 
    n’abagore.
    Madamu Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Munanira, uyu 
    mwanya ni uwanyu kugira ngo mugeze ku baturage ikiganiro mwabateguriye.
    Murakoze!
    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira, 
    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,
    Baturage b’Umurenge wa Munanira, nimugire amahoro!
    Nk’uko byari biteganyijwe, nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyabaye uyu 
    munsi, tugiye kuganira ku buringanire n’ubwuzuzanye mu muryango. Sintwara 
    umwanya munini, ngiye kubaganiriza iminota mike. Ndabanza nsobanure ihame 
    ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mbabwire impamvu Leta y’u Rwanda yashyizeho 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mbahe n’ingero zinyuranye zigaragara mu 

    muryango nyarwanda, nsoreze ku ngamba zo gukomeza gukora ubukangurambaga

    kugira ngo iri hame rirusheho kumvikana neza.

    Bayobozi bo mu Murenge wa Munanira,

    Baturage b’Umurenge wa Munanira,

    Uburinganire n’ubwuzuzanye bugaragara igihe abagore n’abagabo bafite 
    uburenganzira bungana n’amahirwe angana mu byo bakora no mu byo 
    bagenerwa n’amategeko. Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kwimakaza 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hashimangirwe uburenganzira 
    bungana ku bagize umuryango nk’uko biteganywa n’itegeko no 51/2007 ryo ku 
    wa 20/09/2007 rigena inshingano, imiterere n’imikorere by’urwego rushinzwe 
    kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu 
    iterambere ry’Igihugu. 
    Impamvu Leta y’u Rwanda yashyizeho ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati 
    y’abagore n’abagabo ni ukubera ko abagore bahezwaga mu iterambere 
    ry’umuryango n’iry’Igihugu muri rusange. Hari ingero nyinshi zigaragaza ko abagore 
    bahezwaga.
    Wasangaga nko mu muryango, umugore ataragiraga uburenganzira ku mitungo, 
    ari aho yavutse ari n’aho yashatse. Ntiyari yemerewe gutanga igitekerezo cyangwa 
    kugira uruhare ku myanzuro yafatwaga mu rugo. Bityo rero, umugabo ni we 
    wari ishingiro ry’iterambere ry’umuryango. Iyo umugore yageragezaga gutanga 
    igitekerezo gishobora gutuma umuryango utera imbere hacibwaga imigani 
    inyuranye yo kumukandamiza ngo: “Uruvuze umugore ruvuga umuhoro, ingabo 
    y’umugore iragushora ntigukura, nta nkokokazi ibika isake ihari, umugore arabyina 
    ntasimbuka… ”. Ibi biragaragaza ko nta buringanire n’ubwuzuzanye bwariho icyo 
    gihe. 
    Mu mirimo yo mu rugo, wasangaga abahungu n’abakobwa badafatwa kimwe. 
    Hari imirimo yaharirwaga abakobwa nko gukora isuku yo mu rugo, guteka, kurera 
    abana, gusenya, gutera intabire, kwita ku matungo… Hari n’imirimo yaharirwaga 
    abahungu nko kwasa inkwi, guhinga no kuragira... Ibyo bigaragaza ko mu muryango 
    nyarwanda, nta hame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryarimo. Aho amashuri 
    aziye, umuryango ntiwahaga ibitsina byombi uburenganzira bungana. Wasangaga 
    umubare munini w’abakobwa batarangiza amashuri kuko bagombaga gufasha 
    ababyeyi imirimo yo mu rugo. N’aho wasangaga biga, wasangaga ari bake. Iyo mu 
    rugo hatsindaga umuhungu n’umukobwa, ababyeyi boherezaga umuhungu gusa. 
    Mu iterambere ry’Igihugu na ho, abagore ntibashyirwaga mu nzego zifata 

    ibyemezo. Mu myanya ya poritiki, ubutabera n’umutekano, umubare w’abagore

    wari muto cyane. Mu burezi, wasangaga amashuri y’abakobwa ari make, n’ayabaga 
    ahari, yashyirwagamo amashami abategurira gufata neza umugabo, kurera abana, 
    kudoda, kuba abanyamabanga n’indi mirimo mbonezamubano. Uku kudahabwa 

    uburenganzira bungana, byadindizaga iterambere ry’Igihugu.

    Imyaka yabaye myinshi abantu b’igitsina gore bibera mu buzima bw’ikandamizwa 
    bigera aho biramenyerwa biba nk’ibisanzwe. Nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 
    mwaka wa 1994, Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yashyizeho itegeko ry’umuryango 
    rigena imicungire y’umutungo w’abashakanye, impano n’izungura ryo mu 1999. Mu 
    rwego rw’amategeko, ibi byatumye abagabo n’abagore bagira uburenganzira bungana 
    ku mitungo no mu izungura. Nta busumbane buri hagati yabo mu byerekeye uruhare 

    rwabo, amahirwe bahabwa no ku burenganzira muri rusange.

    Umugore agira uruhare mu igenamigambi ry’Igihugu, ibitekerezo bye bihabwa 
    agaciro. Imvugo zikandamiza umugore, zatakaje agaciro, himakazwa imvugo 
    zihesha agaciro umugore: “Umugore ni mutima w’urugo, umukobwa ni nyampinga, 
    ukurusha umugore akurusha urugo …” Ubwo burenganzira abagore bahawe 
    bwaguye ibitekerezo byabo. Ubu umugore afife ijambo n’uruhare mu iterambere 

    ry’Igihugu.

    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira, 

    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,

    Baturage b’Umurenge wa Munanira, 

    Nababwiye ko ntari bwizimbe mu magambo. Nubwo tubona ko hari umusaruro 
    ugaragara mu Rwanda kubera kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu 
    muryango, haracyari urugendo kuko ntiturabugeraho ijana ku ijana nkuko byifuzwa. 
    Igisabwa rero ni ugukomeza ubukangurambaga bugakorwa n’inzego zitandukanye 
    kuko hakiri abantu babifata uko bitari ku mpande zombi. Mu bigaragara, hari 
    imiryango imwe n’imwe ikirangwamo amakimbirane ashingiye ku kudasobanukirwa 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Urugero ni nk’aho usanga umugore ajya 
    mu kabari, agataha igicuku amena inzugi cyangwa akumva ko ikemezo ke ari 
    ntavuguruzwa. Hari n’abagabo kandi usanga biyambura zimwe mu nshingano zabo 
    bakazegeka ku bagore babo. Iyo usesenguye ibi, usanga abenshi babikora bitwaza 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. Inama nagira abanyumva, ni ukumenya ko 
    uburinganire n’ubwuzuzanye atari ugusuzugurana no gupyinagazanya, ahubwo ni 
    ukudatandukira ibiteganywa n’amategeko n’indangagaciro z’umuco nyarwanda. 
    Murakoze, mbashimiye uburyo mwanteze amatwi nkaba nizera ko twese hamwe 
    tugiye guharanira kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango 
    nyarwanda.

    Mugire amahoro

    III. 1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    Igikorwa

    Imyitozo

    1. Koresha amagambo/itsinda ry’amagambo akurikira dusanga mu 

    mwandiko, mu nteruro wihimbiye: 

    a) ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

    b) gupyinagazanya

    c) impano

    d) bahezwaga

    e) izungura 

    2. Tanga impuzanyito z’aya magambo:

    a) Umutegarugori

    b) Ubukungu 

    c) Igicuku

    d) Umwana

    3. Urebye mu merekezo yose, garagaza amagambo ari muri iki kinyatuzu 

    afitanye isano n’umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu 

    muryango”: 

    y

    III.1.2. Gusoma no kumva umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango”, 

    hanyuma usubize ibibazo bikurikira:

    1. Iyo bavuze uburinganire n’ubwuzuzanye wumva iki?
    2. Wifashishije itegeko no 51/2007 ryo ku wa 20/09/2007, sobanura 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. 
    3. Ni inde wagejeje ijambo ku mbaga y’abaturage yari iteraniye ahabaye 
    umuganda?
    4. Ni iyihe impamvu Leta y’u Rwanda yashyizeho ihame ry’uburinganire 
    n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo?
    5. Rondora imirimo yaharirwaga abakobwa n’imirimo yaharirwaga 
    abahungu uburinganire butaratangira kubahirizwa mu Rwanda. 
    6. Ese mu Rwanda hari imiryango ikirangwamo amakimbirane aterwa no 
    kutumva neza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye? Sobanura kandi 

    utange n’urugero. 

    III.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango”, 

    hanyuma usubize ibibazo bikurikira:

    1. Uyu mwandiko ni bwoko ki? Sobanura igisubizo cyawe.
    2. Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye?
    3. Uramutse uhawe kuyobora ahantu ugasanga abaturage baho batazi 
    ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, wakora iki? 
    4. Ni izihe ngingo zigaragaza ko umugore agira uruhare mu iterambere 

    ry’Igihugu? 

    III.2. Imbwirwaruhame

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango” 
    , witegereze imiterere yawo. Uhereye ku miterere y’uwo mwandiko, kora 
    ubushakashatsi utahure inshoza y’ imbwirwaruhame, ugaragaze imbata yayo 

    kandi utahure amabwiriza agenga imbwirwaruhame

    III.2.1. Inshoza y’imbwirwaruhame

    Imbwirwaruhame ni ijambo umuntu ategura neza akarigeza ku bantu benshi (mu 
    ruhame) bakirinda kumurogoya, ahubwo bakamutega amatwi. Imbwirwaruhame 
    ishobora kuba ndende cyangwa ngufi bitewe n’intego yayo. Uvuga imbwirwaruhame 
    agomba kuyitegura agahuza ibitekerezo bye bwite n’insanganyamatsiko y’umunsi, 
    kandi akiyubaha ubwe, akubaha n’abamuteze amatwi. Imbwirwaruhame zivuga 
    ku nsanganyamatsiko zinyuranye: izibwiriza iby’idini, izivuga ibya poritiki, izo 
    kwizihiza iminsi mikuru, izikangurira abantu igikorwa runaka... Ni yo mpamvu 
    imbwirwaruhame zishobora kuvugirwa ahantu hanyuranye nko mu nsengero, mu 

    mashuri, mu nzu mberabyombi n’ahandi

    III.2.2. Imbata y’imbwirwaruhame

    Imbwirwaruhame iba igizwe n’ibice bine by’ingenzi: umutwe, intangiriro/interuro, 

    igihimba n’umwanzuro/umusozo.

    1. Umutwe:

    Umutwe ni igice kibanza k’imbwirwaruhame kigaragaza insanganyamatsiko iyo 

    mbwirwaruhame iri bwibandeho.

    2. Intangiriro / interuro

    Mu ntangiriro uvuga imbwirwaruhame abanza kuvuga abanyacyubahiro bari aho 
    n’abo ubutumwa bugenewe ahereye ku w’imena muri bo akurikije ibyubahiro 
    byabo, gusa akirinda kubavuga mu mazina yabo bwite. Uvuga imbwirwaruhame 

    kandi ageza indamukanyo ku bo abwira. 

    Urugero:

    Nyakubahwa Muyobozi w’Umurenge wa Munanira, 
    Bayobozi b’utugari n’imidugudu,
    Baturage b’Umurenge wa Munanira,
    Nimugire amahoro!”

    Aka ni na ko karango ka mbere k’imbwirwaruhame. Mu ntangiriro kandi ni ho 
    utanga ikiganiro agaragaza ibyo ari buze kuvugaho, akabivuga mu buryo bwihuse 
    cyangwa butatuye, asa n’utera amatsiko abamuteze amatwi ndetse no kubumvisha 

    akamaro k’icyo kiganiro agiye kubagezaho. Iki gice ntikigomba kuba kirekire

    3. Igihimba

    Iki gice ni cyo gice fatizo k’imbwirwaruhame. Ni muri iki gice utanga ikiganiro avuga 
    ingingo yateguye kuvugaho. Ni ngombwa ko izo ngingo azikurikiranya neza ashingiye 
    ku buremere bwazo. Ibi bituma abamutega amatwi batarambirwa kuko aba 
    yahereye ku ngingo zibafitiye akamaro cyane. Iyo bibaye ngombwa ko hari ingero 
    zitangwa, uvuga imbwirwaruhame akoresha ingero zijyanye n’abo abwira cyangwa 
    aho avugira. Kubera ko iki gice gishobora kuba kirekire, utanga ikiganiro mbere yo 
    kujya ku yindi ngingo ashobora kugenda akoresha amagambo yo gukangura abo 

    abwira (urugero: bayobozi, babyeyi, nshuti, bavandimwe...)

    4. Umwanzuro/ Umusozo

    Muri iki gice uvuga imbwirwaruhame asoza yibutsa abamuteze amatwi ingingo 
    z’ingenzi baganiriyeho kugira ngo basigarane ishusho y’ikiganiro. Ni muri iki 
    gice kandi ashobora kugaragaza ibyifuzo, ingamba, inama... bitewe n’imiterere 
    y’ikiganiro. Niba yashishikarizaga abantu kurwanya ibiyobyabwenge arasoza 
    agaragaza ingamba zafatwa mu kubirwanya. Muri iki gice kandi utanga ikiganiro 

    asoza ashimira abari bamuteze amatwi.

    III.2.3. Amabwiriza agenga imbwirwaruhame

    1. Uko imbwirwaruhame itegurwa n’uko isomwa

    Mbere yo gutanga ikiganiro mbwirwaruhame, ugitegura agomba kumenya ibi 
    bikurikira:
    - Ni ngombwa kumenya abo agiye kubwira imbwirwaruhame abo ari bo n’aho 
    ababwirira.
    - Ni iki bashobora kumva? Bari mu kihe kigero k’imyaka? Bakora iki? Ni iki 
    bahuriyeho?
    - Gutegura imbwirwaruhame.
    - Kumva neza insanganyamatsiko y’imbwirwaruhame byaba ngombwa 
    akanasoma ibitabo binyuranye bivuga kuri iyo nsanganyamatsiko.
    - Gukusanya ibyo azavuga mu ngingo zinyuranye z’imbwirwaruhame ashingiye 
    ku byo yasomye cyangwa yabajije abandi.
    - Gushaka intego z’ikiganiro ke akanakora imbata y’ikiganiro ke.

    2. Imyifatire n’imyitwarire y’uvuga imbwirwaruhame

    Utanga ikiganiro mbwirwaruhame agomba kuba:

    a) Yambaye imyambaro idakojeje isoni.
    b) Kumenya guhagarara neza imbere y’abandi nta mususu.
    c) Kuvuga imbwirwaruhame ye adategwa.
    d) Kuraranganya amaso mu bo abwira, kirazira kubatera umugongo no kuba 
    imbata y’urupapuro.
    e) Kurangurura ijwi kugira ngo imbwirwaruhame yumvikane.
    f) Kuvuga atarandaga cyane kugira ngo abamuteze amatwi batarambirwa kandi 
    ntiyihute cyane mu mvugo kugira ngo ibyo avuze birusheho kumvikana.
    g) Kwirinda imvugo nyandagazi.
    h) Kugenda atanga ingero zihuye n’ikigero cy’abo abwira cyangwa se icyo bakora.

    Ikitonderwa:

    Utegura imbwirwaruhame ayitegura yandika, akazayivuga asoma ibyo yanditse, 
    mu rwego rwo kwirinda kuvuga ibiterekeranye no kwisubiramo bya hato na hato. 
    Hashobora kuvugwa imbwirwaruhame ihanitse cyangwa idahanitse, umuntu 
    akayivuga atayiteguye. Ibyo ni iby’abafite iyo mpano si ibya buri wese kuko bigira 
    abahanga babyo. Ibyo bigaragarira cyanecyane nko mu misango y’ubukwe, ku minsi 

    mikuru, mu birori runaka... 

    Umwitozo

    Sobanure ibice bigize imbata y’imbwirwaruhame.

    III.3. Umwandiko: Yagiye ayoboza

    y

    Keza ni mubyara wa Kagabo. Bize ku kigo kimwe cy’amashuri abanza mu cyaro. 
    Keza yaje kujya gukorera mu mujyi wa Kigali, Kagabo aguma mu cyaro. Nyuma 
    y’imyaka isaga irindwi baje guhurira i Kigali. Kagabo yari agiye kuhakorera 
    iyimenyerezamwuga. Yibazaga uko azakora imirimo ye akabura igisubizo, kuko 
    atari azi indimi bakoresha bitewe n’uko hakora Abanyarwanda n’abanyamahanga. 
    Mbere yo kuhagera ariko, yari yarabanje kuganira na Keza kuri terefone cyane 
    ko yari kuzakorera iyimenyerezamwuga aho Keza asanzwe akorera nuko Keza 
    amwizeza ko azamwigisha amwe mu magambo azakoresha mu gihe azaba ahuye 
    n’umuntu utavuga Ikinyarwanda bakumvikana neza. Mu gihe Kagabo yerekezaga i 

    Kigali yahamagaye Keza kuri terefone maze bagirana ikiganiro giteye gitya: 

    Kagabo: Allooo! Mwaramutse Ke? Ni Kagabo. Mbega we! Ntuzi noneho ibyo 
    mbona! Ndabona aha tugeze noneho wagira ngo nageze i Kigali pe!.
    Keza: Eee! Mwaramutse Kaga? Ubu se ushatse kuvuga ko aka kanya waba uhageze? 
    Kereka niba atari imodoka ikuzanye!
    Kagabo: Naje n’ikimodoka kinini sinzi neza aho tugeze. Gusa mbonye hari …Allo! 
    Allooo ! Allo ! uranyumva se?
    Ubwo mu gihe Kagabo yari akivugira kuri terefone, ihuzanzira ryagize ikibazo 
    ntibakomeza kumvikana neza. Keza yahise amwoherereza ubutumwa bugufi 
    bwanditse mu rurimi rw’Igifaransa. Mu kanya gato bongeye guhamagarana noneho 

    birakunda maze bongera kugirana iki kiganiro:

    Keza: Numvise tutumvikana neza, ubanza aho mugeze hari ihuzanzira rike. Harya 

    wahagurutse iyo saa ngahe? 

    Kagabo: Erega sinzi gusoma no kwandika Igifaransa? Ibyo unyandikiye byambereye 

    inshoberamahanga. Abo twicaranye bambwiye ko dusigaje iminota mike tukagera 

    muri gare. 

    Keza: Noneho reka nge kugutegerereza aho zihagarara. Si byo Kaga?

    Kagabo: Yego sha Ke. Umbabarire rwose ntuhave kuko ntahazi. 

    Keza: Humura nuhagera urahibwira. Nimurenga ikiraro kinini cyane, muraba 

    musigaje nk’iminota itanu mukahagera.

    Kagabo: Eee! Ubwo se amazu yaho ameze ate? Icyampa nkaza kugera i Kigali 

    amahoro!

    Keza: Yewe, nuhagera nawe urayibonera. Amazu yaho ni meza cyane… harimo 

    ageretse n’atageretse. Hari imodoka nyinshi, urusaku rw’ibintu binyuranye n’urujya 

    n’uruza rw’abantu… 

    Keza: Ko mbonye ikimodoka kinini kinjira ubwo si icyo mujemo?

    Kagabo: Urabona ari kirekire kandi gifite amabara y’ubururu n’icyatsi?

    Keza: Yego.

    Kagabo: Noneho turahageze. 

    Keza: Yego rwose!

    Kagabo acyururuka imodoka yahise yumva Keza amuhamagaza umunwa, akebutse, 

    amubona iburyo amurembuza, ahagaze inyuma y’aho ya modoka yari iri. Yahise 

    amusanganira aramuramutsa nuko bakomeza baganira muri aya magambo:

    Keza: Muraho neza Kaga? Iminsi myinshi.

    Kagabo: Muraho neza Ke? Yewe, iminsi myinshi koko. Ndabona warakuze cyane. 

    Ndetse wabaye n’ikizungerezi. Bivuze ko wahindutse cyane.

    Keza: Reka kubeshya se sha!

    Kagabo: Ni ukuri ntawamenya ko ari wowe. 

    Keza: Harya ngo uje kwimenyereza umwuga aho nkora? Ko mbona abahakora 

    bavuga indimi zinyuranye? Hari abavuga Icyongereza, Igifaransa, Igiswayire ndetse 

    n’Igishinwa. Ubwo se muri izo ndimi zose uzi izihe? 

    Kagabo: Igiswayire cyo wenda nagerageza kuko ari cyo niyigiraga gusa, izindi ndimi 

    nkazisuzugura. Mbese nshaka kuvuga ko izindi ndimi ntazizi pe!

    Keza: Yewe, nge nta giswayire na gike nzi rwose! Cyakora nzi Igishinwa, Icyongereza 

    n’Igifaransa. Muri izo nta cyo wambeshya. 

    Kagabo: Ubwo rero nange uvuze rumwe muri izo waba ungurishije. 

    Keza: Sinabikora. Ibintu ni magirirane. Mu minsi tuzamarana, nzakwigisha izo utazi 

    nawe unyigishe Igiswayire. Kumenya indimi zinyuranye ni ingenzi. 

    Ubwo Keza yahise abwira Kagabo ngo bagende amushakire ibikoresho bitandukanye 

    azifashisha mu gihe azaba arimo gukora iyimenyerezamwuga. Kagabo ati: “Ahwi! 

    Singe warota ngeze i Kigali !”

    III.3.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    Igikorwa

    Soma umwandiko “Yagiye ayoboza”, ushakemo amagambo udasobanukiwe 
    hanyuma uyasobanure ukurikije uko yakoreshejwe mu mwandiko wifashishije 

    inkoranyamagambo.

    Imyitozo

    Koresha mu nteruro buri jambo muri aya akurikira ukurikije inyito afite mu 

    mwandiko:

    a) Iyimenyerezamwuga 

    b) Ihuzanzira

    c) Inshoberamahanga

    d) Urujya n’uruza 

    III.3.2. Gusoma no kumva umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Yagiye ayoboza”, hanyuma usubize ibibazo 

    byawubajijweho.

    1. Ni nde uyoboza muri uyu mwandiko? Sobanura igisubizo cyawe.
    2. Ni nde uyobozwa muri uyu mwandiko? Sobanura igisubizo cyawe.
    3. Kagabo ayoboza yifashishije ikihe gikoresho k’itumanaho?
    4. Muri uyu mwandiko, hari aho uyoboza agaragaza impungenge ko ataza 
    kugera aho agiye? Ni ayahe magambo avuga abigaragaza? 
    5. Ni izihe ndimi zavuzwe mu mwandiko zigishwa mu mashuri yisumbuye 
    mu Rwanda? 

    6. Keza yemereye Kagabo kuzamufasha iki?

    III.3.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Yagiye ayoboza”, hanyuma usubize ibibazo 

    bikurikira:

    1. Ni izihe ngingo z’ingenzi dusanga mu mwandiko? 
    2. Ni iyihe mpamvu ituma abanyeshuri bimenyereza umwuga mbere yo 
    kurangiza amashuri yisumbuye?
    3. Iyo Kagabo atagira terefone yari gukora iki kugira ngo ahure na Keza?

    4. Uyu mwandiko ukwigishije iki mu buzima busanzwe?

    III.4. Ururimi n’ubwumvane

    III. 4.1. Inshoza y’ururimi n’ubwumvane n’amafatizo y’ubwumvane

    Igikorwa

    Ongera usome ikiganiro “Yagiye ayoboza” , witegereze imiterere yacyo 
    n’uko abanyarubuga baganira maze ukore ubushakashatsi, utahure inshoza 
    y’ururimi n’ubwumvane, ugaragaze kandi usobanure amafatizo y’ururimi 

    n’ubwumvane

    1. Inshoza y’ururimi n’ubwumvane

    Ururimi ni igikoresho cy’ubwumvane k’ingenzi abantu 
    bifashisha mu gusabana bahanahana ubutumwa. Ururimi 
    rutuma abaruvuga iyo bava bakagera bumvana, umwe
    yavuga, undi agasobanukirwa n’ibyo avuze. Ibyo bituma kandi umuntu abasha kugeza
    ku bandi ibyo atekereza, ibyo yaba azi bo batazi cyangwa se akabashushanyiriza
    amagambo, ibyo yabonye ariko bo batabona n’amaso yabo muri ako kanya 
    bavugana.
    Ni uburyo abantu bakoresha kugira ngo bashobore kumvikana, gutumanaho, 
    bakoresheje amagambo, amarenga cyangwa ibimenyetso. Ubusanzwe ururimi 
    ruba ruteye ukwarwo rukavugwa n’abantu batuye igihugu iki n’iki cyangwa akarere 
    aka n’aka. Ururimi rero ruvugwa n’abantu benshi naho imvugo ni iy’abantu bake 
    cyangwa umuntu ku giti ke.
    Ururimi n’ubwumvane bishobora kwigwa mu mpushya enye z’ingenzi: amafatizo 
    y’ubwumvane, indanguruzi y’ubwumvane, imimaro y’ururimi n’amategeko 

    ngombwa agenga ubwumvane

    2. Amafatizo y’ubwumvane

    Mu mibanire y’abantu ku isi, ururimi ni ingenzi mu gushyigikira ubusabane 
    n’umushyikirano w’abantu. Kugira ngo abantu babane, bavugane, bashyikirane 
    kandi bahuze urugwiro, hagomba kubaho ubwumvane ari bwo bushobozi bwo 
    gutanga amakuru no kuyakira. 
    Kugira ngo amakuru ahererekanywe hari amafatizo y’ubwumvane ya ngombwa ari 

    yo: uvuga, ubwirwa, inzira, ingambo, ikivugwa n’inkurikizo.

    a) Uvuga: Umuntu uvuga ni we ntangiriro akaba n’inkomoko y’ubwumvane. 
    Ni we ugira igitekerezo cyangwa ubutumwa noneho agashaka uburyo bwo 

    kubigeza ku bandi.

    b) Ubwirwa: Ubwirwa ni uwakira ibyo agejejweho n’uvuga. Ubwirwa agomba 
    kumva no gusobanukirwa neza ibyo yabwiwe mbere y’uko atanga igisubizo. 
    Iyo yumvise ibyo yabwiwe, ashobora gusubiza mu magambo, mu nyandiko, 
    ashobora gukoresha ibimenyetso cyangwa ibikorwa. 
    c) Ingambo: Ingambo ni ubutumwa cyangwa inkuru nyirizina uvuga ageza ku wo 
    abwira. Ubwo butumwa ni bwo bwitwa ingambo. 
    Urugero: Umwarimu wigisha inteko z’amazina hari icyo aba ashaka ko 
    umunyeshuri we asobanukirwa. Nubwo umwarimu yavuga byinshi 
    akanabishyira no mu ndirimbo, umunyeshuri akayifata, icyo ashaka kugeza ku 
    bo yigisha ni “inteko z’amazina”, ari yo ngambo.
    d) Inzira: Kugira ngo inkuru igere ku wo igenewe, igomba kugira aho inyura, 
    aho ni ho hitwa “inzira”. Duhereye ku buryo ibivugwa bigenda bikagera ku 
    ubwirwa, habaho inzira mbona nkubone cyangwa inzira mbonera iyo uvuga 

    avugana n’uwo abwira amaso ku yandi banahuza amajwi. 

    Iyo uvuga yumvikanye n’uwo abwira haciyemo akanya, cyangwa se hakoreshejwe 
    ibikoresho bitandukanye nk’ibitabo, ibaruwa, radiyo, tereviziyo, terefone... inzira 
    ikivugwa cyaciyemo iba ibaye inzira iziguye kuko ntibyoroha kumenya ko ubutumwa 
    bwumvikanye cyangwa butumvikanye. Ariko iyo ibikoresho byifashishijwe 
    bituma uvuga n’ubwirwa bahana ubutumwa imbona nkubone, icyo gihe inzira 
    iba ibaye inzira itaziguye /mbonera. (Urugero: Igihe hakoreshejwe ibikoresho 
    by’ikoranabuhanga nka terefone, mudasobwa... abahana ubutumwa bavugana 

    bakanarebana icyarimwe.)

    e) Ikivugwa: kugira ngo uvuga adafatwa nk’indondogozi agomba kugira icyo 
    yerekezaho “ikivugwaho” cyangwa ingingo agushaho. ikivugwa ni icyo 
    abavugana baba bavuganaho kandi bagihuriyeho ndetse bakiziranyeho. 
    f) Inkurikizo/ interamvugo: Ururimi cyangwa imvugo ya nyakuvuga 
    byumvikanisha mu buryo bufatika inshoza y’ahantu cyangwa y’igihe 
    by’ikivugwaho. Inkurikizo cyangwa interamvugo ni ururimi (imvugo cyangwa 
    inyandiko), ibimenyetso cyangwa amarenga uvuga ashobora gukoresha. Iyi 
    mvugo cyangwa inyandiko bitangwa na nyakuvuga kugira ngo byumvwe 
    cyangwa bisomwe na nyakubwirwa. Ibi twabigereranya n’ibyapa byo ku 
    muhanda biyobora gusa ababiziranyeho. Ni bo baba basobanukiwe neza 

    ubutumwa butangwa cyangwa ikivugwa na byo. 

    Urugero: Abanyarwanda bakoresha Ikinyarwanda nk’ururimi rwabo rubafasha 
    kungurana ibitekerezo. Bararuvuga, bakoresha amarenga ndetse n’ibimenyetso 

    byose bigatuma bagezanyaho ubutumwa bafite.

    Imyitozo

    Tekereza ku munyamakuru runaka urimo kunyuza ikiganiro kuri radiyo Rwanda 
    avuga ku kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye maze ugaragaze amafatizo 

    y’ubwumvane akurikira: uvuga, ubwirwa, inzira, ingambo, ikivugwa n’inkurikizo.

    III. 4.2. Indanguruzi y’ubwumvane, imimaro y’ubwumvane 

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Yagiye ayoboza” maze ukore ubushakashatsi 
    usobanure kandi ushushanye indanguruzi y’ubwumvane, utahure imimaro 

    y’ubwumvane n’amategeko agenga ubwumvane

    1. Indanguruzi y’ubwumvane

    Indanguruzi ni uburyo bwo gusobanura ubwumvane bushushanyije. Dore uko 

    ubwumvane bugenda bukurikije indanguruzi yabwo.

    J

    Ibisobanuro ku ndanguruzi

    Ubwumvane muri rusange burimo amoko atatu:

    a) Ubwumvane mbonera: Ni ubwumvane buboneka hagati y’abantu bavugana 
    barebana. Icyo gihe umwe aravuga, undi akamusubiza. 
    b) Ubwumvane nziguro: Igihe abantu bavugana begeranye cyangwa bategeranye 
    bakifashisha ibikoresho byo kubahuza kugira ngo bashyikirane. 
    c) Ubwumvane mberebyombi: Ubu bwumvane bukusanyiriza hamwe 
    ubwumvane mbonera n’ubwumvane nziguro kugira ngo ubwumvane 

    burusheho kugenda neza. 

    2. Imimaro y’ubwumvane

    Ururimi ni igikoresho k’ingenzi mu buzima bw’umuntu. Abantu bose iyo bava 
    bakagera iyo bashyikirana mu biganiro, mu mbwirwaruhame, mu ikinamico, mu 
    misango y’ubukwe... bakoresha ururimi. Uwagize ikibazo akagira ubumuga bwo 
    kutavuga, bwo kudasohora ijwi, agira uburyo yihariye acishamo ubutumwa bwe 
    bukagera ku bo ashaka ko bamwumva. Abahanga mu iyigandimi, basanze ururimi 
    rugira imimaro myinshi, ariko iy’ingenzi ni umumaro nyakuvuga, umumaro 

    nyakubwirwa, umumaro nkurikizo, umumaro nyanzira, umumaro nyangambo.

    a) Umumaro nyakuvuga

    Uvuga yifashisha ururimi cyangwa imvugo kugira ngo avuge, yumvikanishe mu 
    buryo butaziguye akamuri ku mutima. Bamwe bawita kandi umumaro nsesekaza 

    cyangwa nsesekazamutima.

    Ingero:

    - Kagabo ati: “Ahwi! Singe warota ngeze i Kigali!”
    - Mbega we! Ntuzi noneho ibyo mbona!

    - Icyampa nkaza kugera i Kigali amahoro!

    b) Umumaro nyakubwirwa

    Izingiro ry’uyu mumaro ni nyakubwirwa. Wumvisha ubwirwa ko ari we shingiro, ko 
    ari we urebwa n’ubwumvane. Hakoreshwa ngenga ya kabiri hagamijwe:
    Gusobanura ubwirwa mu bandi, kumutegura cyangwa kumuhwitura kugira ngo 
    yakire ibyo agiye kubwirwa…
    Uyu mumaro ugaragarira cyanecyane mu nteko no mu mvugo yumvikanisha 

    guhamagara

    Ingero:

    Igihe utanga ikiganiro kuri SIDA, ugasobanura uko yamenyekanye, uko yandura, uko
    ivurwa, ubushakashatsi ku miti n’inkingo… Noneho ukarangiza wereka abo ubwira 

    ko ruriye abandi rutabibagiwe ko na bo ishobora kubageraho baramutse batirinze.

    c) Umumaro nkurikizo

    Ni ibimenyetso byose byerekana icyo ubutumwa bwerekejeho. Amagambo 
    akoreshwa aha uyabwirwa n’ishusho y’ahantu cyangwa y’ibihe ibivugwa 

    bihererejweho. Bamwe bawita kandi umumaro ndengarurimi cyangwa nsobanuzi.

    Ingero

    - Ubu se ushatse kuvuga ko aka kanya waba uhageze?
    - Mbese nshaka kuvuga ko izindi ndimi ntazizi pe!

    - Bivuze ko wahindutse cyane

    d) Umumaro nyabusizi (nyaburanga/nyangambo)

    Mu bwumvane, inzira yose igira uburyo bwayo. Nyakuvuga yifashisha ururimi, 
    bityo agakoresha imvugo cyangwa inyandiko. Imiryohere y’inganzo yose uzayisanga 
    muri uyu mumaro. Injyana, isubirajwi, isubirajambo, amoko y’imizimizo cyangwa 
    inyandiko inogeye amaso ndetse n’amagambo y’ikivugwa uko yakabaye hatitaweho 
    ibisobanuro byayo, ibyo byose bigaragaza umumaro nyangambo w’ururimi bita 

    kandi nyabusizi.

    Urugero:

    «Nsanze ari ijuru ry’umwezi
    Nange mpimbiraho umwato
    Ni ko kumwita umwanga kurutwa
    Nsubiye mwita Marebe yera
    Kandi atembaho amaribori
    Ni umutako w’urutanisha
    Ni ubutijima bw’urukundo
    Ni urukenyerero rw’inkindi
    Nkunda inkesha ze z’umukwira. »

    (Rugamba C., Amibukiro, pp.34).

    e) Umumaro nyanzira

    Uyu mumaro tuwusanga mu magambo ya nyakuvuga mu gihe atangiye, akomeje 
    cyangwa se asubitse ubwumvane cyangwa se agenzura ko umuyoboro (inzira) 
    ari ntamakemwa. Iyi nzira y’ubwumvane ishobora kuba umurongo wa terefone, 
    ishusho, igishushanyo cyangwa se n’ibindi bikoresho by’itumanaho byakora nka 
    terefone. Aha rero ururimi rugira umumaro wo gutangira, gukomeza, gusigasira, 

    gusubika, gusubukura cyangwa se guhagarika ubwumvane.

    Ingero:
    Allo!
    Allo ! uranyumva se ?
    Si byo Kaga?
    Mwaramutse ke?

    f) Umumaro nyakivugwa

    Iyo umuntu avuga hari ubutumwa cyangwa amakuru aba ashaka gutanga, akaba ari 

    amakuru afitiye gihamya.

    Dore uko imimaro y’ubwumvane igaragara ku ndanguruzi y’ubwumvane:

    J

    Ikitonderwa:

    Nta nyandiko cyangwa umwandiko wiharirwa n’umumaro w’ururimi umwe gusa.
    Imimaro myinshi ishobora kugaragarira icyarimwe mu mwandiko cyangwa 
    mu kivugwa kimwe mu buryo no mu bwiganze butandukanye. Cyakora kugira
    ngo itumanaho ribe ryuzuye imimaro yose igomba kuba irimo akaba ari na byo

    bitandukanya imvugo y’umuntu n’iy’inyamaswa.

    3. Amategeko agenga ubwumvane

    Kugira ngo ubwumvane bushoboke, hari amategeko ngombwa agomba kubahirizwa.
    Uvuga n’ubwirwa bagomba:
    a) Guhuza inkurikizo: uvuga n’ubwirwa bagomba kuba bahuje ururimi cyangwa 
    ibimenyetso bakoresha.
    b) Guhurira ku kivugwa: uvuga n’ubwirwa bagomba kuba baziranye ku kivugwa. 
    Iyo bataziranye ku kivugwa ntibashobora kumvikana.
    c) Guhuza inzira: uvuga n’ubwirwa bagomba guhuza uburyo bakoresha kugira 
    ngo bumvikane. Niba ari terefone bombi bagomba kuba bayifite, yaba ari 

    ibaruwa, bombi bakaba bazi gusoma.

    Imyitozo

    1. Mu Rwanda, iyo Abanyarwanda bashyikirana, bakoresha inzira 
    zitandukanye.
    Andika inzira zose ubona zishoboka zaba zikoreshwa n’uvuga kugira ngo 
    ikivugwa kigere ku ubwirwa.
    2. Wifashishije indanguruzi y’ubwumvane, garagaza amasano agenga 
    ubwumvane mu kiganiro “Yagiye ayoboza”

    III.5. Imyitozo y’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    Tegura imbwirwaruhame ku nsanganyamatsiko wihitiyemo, uyibwire 

    abanyeshuri bagenzi bawe.

    Ubu nshobora:

    - Gusobanurira imbaga ibijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye 
    bw’ibitsina byombi. 
    - Gukoresha imvugo yimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye. 
    - Kuvuga nshize amanga imbere y’abantu kandi numvikanisha 
    ibitekerezo byange. 
    - Kwandika no kuvugira mu ruhame imbwirwaruhame.
    - Gusesengura ubutumwa butandukanye ngaragaza amafatizo 
    n’indanguruzi by’ubwumvane. 
    Ubu ndangwa no:
    - Gutoza abandi uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango. 
    - Kugaragaza imyitwarire iteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.
    - Kugira uruhare mu kunga imiryango igaragaramo amakimbirane

    III.6. Isuzuma risoza umutwe wa gatatu
    Umwandiko: Bamumaze amatsiko

    Muneza ni umwana warererwaga kwa sekuru. Yigaga mu mashuri abanza. 
    Yarangwaga no kugira amatsiko ndetse no kubaza ibibazo binyuranye ku byo 
    adasobanukiwe.
    Umunsi umwe avuye ku ishuri asanga sekuru yicaye mu ruganiriro asoma 
    ikinyamakuru. Muneza ahageze aramusuhuza yicara iruhande rwe maze batangira 
    kureba tereviziyo. Harimo ikiganiro cy’umunyamakuru waganiraga n’abanyeshuri 
    bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye bavuga ku buringanire 
    n’ubwuzuzanye mu iterambere ry’Igihugu.
    Nyuma yo kumva ibyavugwaga muri icyo kiganiro, Muneza araterura abaza sekuru 
    ibibazo binyuranye ku buringanire n’ubwuzuzanye. Sekuru yamuhaye rugari maze 

    bagirana ikiganiro gikurikira:

    Muneza: Ariko sogoku! Ko muri iki gihe ibiganiro byinshi bivuga ku buringanire
    n’ubwuzuzanye, kera ntibwabagaho?
    Sekuru: Kera uburinganire n’ubwuzuzanye byahozeho ariko ntibyabuzaga ko bimwe 
    mu biranga uburinganire n’ubwuzuzanye muri iki gihe bikumirwa kubera umuco 
    w’Abanyarwanda.
    Muneza: Ni nk’ibihe mwambwira se byagaragazaga uburinganire n’ubwuzuzanye?
    Sekuru: Nko mu buyobozi umwami yimanaga n’umugabekazi, birumvikana 
    ko umwami atafataga ibyemezo wenyine ahubwo yabifataga agishije inama 
    umugabekazi. Ikindi kandi hari n’abategarugori banyuranye bagaragaraga mu mirimo 
    ikomeye y’ibwami. Urugero naguha ni abasizi b’abategarugori nka Nyirarumaga na 
    Nyirakunge babaye abasizi bakomeye.
    Umurimo w’ubusizi, wari umwe mu mirimo ikomeye yagengwaga n’ibwami, 
    kuba butarahezaga abategarugori, ni ikimenyetso gikomeye cy’uburinganire 
    n’ubwuzuzanye.
    Muneza: Biragaragara ko mu muco nyarwanda ubuyobozi bwarangwagamo 
    uburinganire n’ubwuzuzanye. None se ko mwambwiye ko hari bimwe mu biranga 
    uburinganire muri iki gihe byakumirwaga kubera umwihariko w’umuco nyarwanda. 
    Uwo mwihariko ni nk’uwuhe?
    Sekuru: Umuco nyarwanda hari imirimo imwe n’imwe wageneraga abagore 
    hakaba n’indi mirimo wageneraga abagabo, ku buryo cyaziraga ko ukora imirimo 
    itakugenewe. Nta mugore wagombaga kubaka, kujya ku itabaro, gukama inka, 
    korora inzuki n’ibindi. Nta mugabo washoboraga koza ibikoresho byo mu rugo 
    cyangwa se guheka umwana, guteka n’ibindi.
    Birumvikara ko hari umwihariko wa buri muntu mu mirimo yo mu rugo.
    Ikindi kandi aho amashuri aziye mu Rwanda, ababyeyi bahaga umwanya wa mbere 
    abana b’abahungu ngo bage ku ishuri naho abakobwa bo, basigaraga mu rugo 
    bafasha ba nyina imirimo yo mu rugo.
    Muneza: Sogoku! Ko twize ko Ndabaga yari umukobwa kandi ko yagiye gukura se 
    ku rugerero hari icyo ubiziho?
    Sekuru: Ibyo byabayeho ariko uzabisome neza, kugira ngo abikore yabanje 
    kwiyoberanya ku buryo yagiye ku rugerero yitwa ko ari umuhungu. Hejuru y’ibyo 
    nkubwiye hari imwe mu migani ya Kinyarwanda igaragaza ko hari aho umuco 
    nyarwanda wakumiraga umugore mu buringanire n’ubwuzuzanye.
    Bakiganira haza akana kiganaga na Muneza kamubwira ko igihe cyo gusubira ku 
    ishuri kigeze. Muneza ashimira sekuru, ajyana na wa mwana ariko Muneza agenda 
    agifite amatsiko menshi ku byo sekuru yari amaze kumubwira. Bageze ku ishuri mu 
    karuhuko ka saa kenda, Muneza yegera umwarimu we, atangira kumubaza ku byo 
    sekuru yari yamubwiye.
    Muneza: Sogokuru yambwiye ko hari imigani y’imigenurano yagaragazaga ko 
    umuco nyarwanda wakumiraga bimwe mu bigaragaza uburinganire n’ubwuzuzanye 

    muri iki gihe ni nk’iyihe?

    Umwarimu: Ibyo sogokuru wawe yakubwiye ni byo, umuco nyarwanda wo hambere 
    wagaragazaga ko umugore nta cyo yakora ngo kige imbere nk’uko umugabo 
    yagikoraga. Ni yo mpamvu bacaga umugani utajyanye n’igihe tugezemo bavuga 
    ngo: “Umugore arabyina ntasimbuka”. Mu rugo, nta mugabo wagombaga kumva 
    ibitekerezo by’umugore, urugo rwatekererezwaga n’umugabo gusa. Baravugaga 
    ngo: “Uruvuze umugore ruvuga umuhoro” bakongera ngo: “Umugore abyara 
    uwawe ntaba uwawe”, “Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari 
    kuza.” Cyakora ubu muri iki gihe, si ko bimeze kuko umugore ahabwa ubushobozi 
    nk’ubw’umugabo, akagira ijambo nk’iry’umugabo, akagira uruhare muri byose.
    Mu gihe umwarimu we yari akimusobanurira, inzogera yo kwinjira iravuga, 
    Muneza aramushimira, asubira mu ishuri. Agenda atekereza ku bisobanuro yahawe 
    na sekuru ndetse n’ibyo yahawe n’umwarimu we, yiyemeza kujya abiganiriza 
    bagenzi be kugira ngo barusheho kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye. 
    Nyuma y’amasomo ataha mu rugo ari na ko agenda yibaza ku byo yakora kugira 
    ngo aharanire kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye. Mu mutima aribwira ati: 
    “Kuva ubu, nge ngiye guharanira uburenganzira bwa buri wese; sinzongera guharira 
    mushiki wange imirimo imwe n’imwe ngo ni we igenewe, tuzajya dufatanya mu byo 

    dukora byose.”

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko

    1. Ni uwuhe munyarubuga mukuru muri uyu mwandiko? Kubera iki?
    2. Tanga ingero nibura ebyiri zigaragaza ko uburinganire n’ubwuzuzanye hari 
    aho bwagaragaraga ku ngoma ya cyami.
    3. Ese umuco nyarwanda wimakazaga ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye 
    bw’ibitsina byombi? Sobanura igisubizo cyawe.
    4. Ni gute Ndabaga yabashije kujya gukura se ku rugerero? Sobanura igisubizo 
    cyawe wifashishije ubundi bumenyi wasomye cyangwa wabwiwe.
    5. Mu ishuri mwigamo ni iki kerekana ko uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse 

    n’uburezi budaheza byubahirizwa ?

    6. Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo 
    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro:
    a) Gukumira
    b) Guterura ikiganiro
    c) Kwiyoberanya 
    d) Gukura se
    2. Simbuza amagambo atsindagiye ayo mu mwandiko bihuje inyito:
    a) Umugore ntiyahabwaga agaciro kangana n’ak’umugabo mu muco nyarwanda.
    b) Mu Rwanda, nyina w’umwami yategekanaga n’umwami.
    III. Ibibazo ku mbwirwaruhame no ku rurimi n’ubwumvane
    1. Imbwirwaruhame ni iki?
    2. Vuga ibyitabwaho mbere yo gutanga imbwirwaruhame.
    3. Sobanura uko umuntu yifata n’uko yitwara avuga imbwirwaruhame. 
    4. Kugira ngo ubwumvane bushoboke ni ibiki bigomba kubahirizwa hagati 
    y’uvuga n’ubwirwa?

    5. Vuga amafatizo y’ubwumvane unayasobanure mu magambo make.

    IV. Ihangamwandiko
    Ishyire mu mwanya w’umunyeshuri uhagarariye abandi, maze utegure 
    imbwirwaruhame ku buringanire n’ubwuzuzanye, uzavuga ku itariki ya 8 Werurwe 

    ku munsi w’abari n’abategarugori.

    UMUTWE 2:UMUCO NYARWANDAUMUTWE 4: IMIYOBORERE MYIZA