• UMUTWE WA GATATU:KUBAHIRIZA UBURENGANZIRA BWA MUNTU

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe 
    - Gusesengura umuvugo ku burenganzira bwa muntu hagaragazwa 
    ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo n’uturango twawo.
    - Guhimba no kuvuga umuvugo imbere y’abandi.
    - Kugaragaza uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi by’izina 
    mbonera, ntera n’izina ntera.
    - Gukoresha neza inyunguramagambo mu mvugo no mu nyandiko.
    Igikorwa cy’umwinjizo
    Ushingiye ku bumenyi ufite garagaza uburyo bwakoreshwa kugira ngo 
    uburenganzira bwa muntu buharanirwe kandi bubungabungwe uko 

    bikwiye

    III.1. UMWANDIKO: BARAZIRA IKI?

    cc

    Rubundakumazi
    Iyo ahembwe aragenda
    Utubari akatubunga
    Amakashi ayatanga
    5. Agataha bukeye.
    Ab’iwe agahonda
    Bagahinduka intere
    Bagacika bahunga
    Bagataha ibigunda
    10. Ngo badasongwa bashonje.
    Abana yabyaye
    Ntibigeze ishuri
    Yabashoye ibishanga
    Gushaka ibyo barya
    15. Ngo bimenye ubwabo.
    Ifaranga bacyuye
    Aribaka abahonda
    Anabita ibirumbo
    Bitigeze ubwenge
    20. Bitazi guhaha.

    Nyiramama yabyumva
    Agashengurwa cyane
    Agatinya gukopfora
    Ngo atotswa igitutu
    25. Agatimburwa ashonje.

    Yamubwira guhaha
    Ngo agaburire abana
    Agahatwa inshyi nyinshi
    Ati: “Ibirumbo wabyaye
    30. Ntibyazanye inoti?

    Nge nazanye urwagwa
    Rwo kumara inyota
    Mwe muteke kayote
    Murenzeho amazi
    35. Muryame burije”.

    Agisoza ayo ngayo
    Haba haje gitifu
    Umwe utwara ubwo bwatsi
    Amukubita amapingu
    40. Ati: “Ibyo uhomva urabizi?

    Urubyaro wabyaye
    Ntirwigeze ishuri
    Urataha uruhonda
    Rugahinduka intere
    45. Ngo utabaza uramwica!\

    Uyu munsi ndi nawe
    Uraryozwa abo wica
    Ubacira uburumbo
    Wabateye ubabyara

    50. Ngo bazirera ubwabo”.

    3.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko 
    Igikorwa
    Soma umwandiko “Barazira iki?”ushakemo amagambo udasobanukiwe 
    neza hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko 
    wifashishije inkoranyamagambo.
    Umwitozo
    Simbuza amagambo atsindagiye amwe muri aya magambo akurikira: 
    aho ngaho, abo uhohotera, indembe, badahuhurwa, abana, agahinda, 
    ugakubita, uyobora.
    a) Umwe utwara ubwo bwatsi
    b) Urataha ugahonda
    c) Ugahindura intere
    d) Ngo badasongwa bashonje
    e) Urubyaro wabyaye
    3.1.2. Gusoma no kumva umuvugo
    Igikorwa
    Ongera usome umwandiko “Barazira iki?” hanyuma usubize ibibazo 
    byawubajijweho.

    1. Nyiri urugo uvugwa muri uyu mwandiko ni nde? Ateye ate?
    2. Ni ubuhe burenganzira bw’umuntu butubahirijwe muri uyu 
    mwandiko? Erekana imikarago ishyigikira igisubizo cyawe.
    3. Ihonyora ry’uburenganzira bwa muntu rivugwa muri uyu mwandiko 
    riterwa n’iki?
    4. Kuki abahohoterwa batavuga ihohoterwa bakorerwa?
    5. Abahohoterwa bavugwa muri uyu mwandiko batabawe na nde? 
    Garagaza imikarago ibyerekana.

    3. 1.3.Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa
    Ongera usome umwandiko “Barazira iki?” maze usubize ibibazo 
    bikurikira.
    1. Ni irihe somo ry’ingenzi ukuye muri uyu mwandiko?
    2. Hari abo muturanye wumvise cyangwa wabonye bameze nka 
    Rubundakumazi? Ni izihe ngaruka z’imyitwarire yabo ubona mu 
    miryango yabo? Ni uwuhe musanzu watanga kugira ngo abo bantu 
    bage mu nzira nziza.
    3. Erekana ingaruka zaterwa no kurara mu bigunda n’ahandi hose 
    hatujuje ubuziranenge.
    4. Erekana ingaruka zaterwa no kubura uburenganzira mu 
    muryango.
    3.1.4. Kungurana ibitekerezo 
    Igikorwa
    Uhereye ku mwandiko “Barazira iki?” muheruka kwiga mwungurane 
    ibitekerezo ku nsanganyamatsiko ikurikira:
    Ingaruka zo kubangamira uburenganzira bwa muntu n’ibyakorwa 
    kugira ngo uburenganzira bwa muntu bwubahirizwe.
    III.2. UMUVUGO
    Igikorwa
    Ongera usome umwandiko “Barazira iki?” witegereza imiterere yawo, 
    maze utahure inshoza n’uturango by’umuvugo.
    3.2.1 Inshoza y’umuvugo
    Umuvugo ni igihangano kiri mu mvugo cyangwa mu nyandiko cyuje 
    uturango nyabusizi. Uhanga umuvugo atanaga imvugo ye akayiha 
    ubwiza bunogeye amatwi n’umutima kubera indyoshyanjyana 
    n’iminozanganzo biwugize. Iyo minozanganzo uyisanga mu majwi, mu 
    njyana, mu myubakire y’interuro ndetse no mu magambo y’indobanure 
    aberanye n’ingingo yaturwa. 

    3.2.2 Uturango tw’umuvugo
    Umuvugo urangwa n’interuro ngufi bita imikarago cyangwa intondeke. 
    Umuvugo uba ugabanyijemo amabango ari yo wagererenya n’ibika mu 
    myandiko isanzwe.
    Imikarago y’umuvugo iba ifite injyana nk’iyo mu ndirimbo. Umuvugo 
    urangwa kandi n’injyana y’isubirajwi, iy’isubirajambo, injyana 
    ipimye bita indengo n’ubundi bwoko butandukanye bw’ikeshamvugo 
    nk’imibangikanyo, ihwanisha, iyitirira, igereranya… 
    Ikeshamvugo rikoreshwa mu mivugo
    a)Injyana

    Mu mivugo hakoreshwamo ikeshamvugo rishingira ku njyana. Mu 
    buhanzi bw’imivugo bakunda kugenda bakoresha amajwi asa harimo 
    asoza umukarago cyangwa awutangira hakaba n’akoreshwa hagati. 
    Bakoresha kandi isubirajwi, isubirajambo n’ isubirasaku. Banakoresha 
    ubwoko bw’injyana ishingiye ku gupima imikarago bita indengo. Mu bisigo 
    nyabami byinshi ho bakoresha amabango aba yanditse umudandure.
    Ubu bukurikira ni bumwe mu buryo bw’injyana bukoreshwa mu mivugo.
    Isubirajwi
    Ni ikeshamvugo rishingira ku kugenda basubira mu ijwi runaka ku 
    buryo bunogeye amatwi.
    Urugero rwo mu muvugo “Barazira iki?”
    Rubunda ku mazi
    Utubari akatubunga
    Amakashi ayatanga
    Ntibigeze ishuri
    Yabashoye ibishanga
    Isubirajambo
    Ni igihe isubirajwi rigaruka mu ijambo bihuriye ku gicumbi kimwe 
    n’iryaribanjirije cyangwa se ijambo rikagaruka uko ryakabaye.
    Urugero rwo mu muvugo “Barazira iki?”
    Bagahinduka intere
    Bagacika bahunga

    Bagataha ibigunda
    Indengo
    Indengo ni ubwoko bw’injyana ishingiye ku gupima utubangutso tugize 
    imikarago. Iyo njyana yakoreshejwe cyane mu mazina y’inka. Buri 
    kabangutso kangana n’inyajwi imwe itebuka, bivuga ko umugemo utinda 
    ugira utubangutso tubiri.
    Urugero:
    - Inka ya Rumonyi
    - Rutagwaabiza iminega,
    - Inkuba zeesa mu Bihogo,
    - Rwaa mugabo nyirigira
    - Imbizi isaanganizwa ingoma,
    - Inka ya Rumonyi ifite imikarago y’ utubangutso 9
    b)Imibangikanyo
    Ni umunozanganzo ushingiye ku gukurikiranya imikarago iteye kimwe, 
    cyangwa se ku gukurikiranya mu mikarago ingingo zuzuzanya cyangwa 
    zivuguruzanya.
    Urugero mu muvugo “Mpore nyampinga”
    - Imikarago iteye kimwe :

    Uganze uturwe ubone amaturo 
    Ukunde ukundwe ugire agaciro.
    Ingero mu muvugo “Turyamagane twese”
    - Ingingo zuzuzanya :

    Yo kwimwa intango y’ubuzima
    Akimwa umunani mu muryango.
    - Ingingo zivuguruzanya
    Tugire ubupfura buzira ubupfayongo
    c) Igereranya
    Ni ukugereranya ibintu bifite icyo bihuriyeho ku buryo kimwe cyagufasha 
    gusobanura ikindi ukoresheje uko bisangiye imisusire, imigenzereze, 
    umumaro n’ibindi. Igereranya rigira uturango: nka, na, kimwe, asa …

    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese”

    Duhashye uwo muco muri bose
    Kuko iwacu ufatwa nka kirazira.
    d)Ihwanisha
    Ihwanisha ni ikeshamvugo risa no kugereranya ku rwego rwa kabiri, 
    aho urenga ibyo kureba icyo ikigereranywa n’ikigereranyo bihuje, ugasa 
    n’ubinganyisha, kimwe kikaba cyafata umwanya w’ikindi cyangwa 
    cyagihagararira.
    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese”
    Babyara umuhungu ngo ni umutabazi
    Babyara umukobwa ngo ni agahinda
    e) Iyitirira
    Iyitirira rishingiye ku gufata ikintu ukakitirira ikindi bitewe n’uko 
    ubona isano bifitanye. Icyo gihe ijambo rifata umwanya w’irindi rikagira 
    inyito nshya kandi n’iyo ryari risanganywe ritayitakaje.
    Urugero rwo mu muvugo “Mpore nyaminga”
    Nyampinga afite agaciro
    Ni na we uhekera urutubyara 
    Aha Nyampinga aritirirwa ababyeyi bose.
    Umwitozo
    Hanga umuvugo kuri imwe mu nsanganyamatsiko zikurikira 
    wubahiriza uturango twawo nyuma uwuvugire imbere ya bagenzi 
    bawe udategwa kandi wubahiriza injyana yawo.
    - Turwanye ihohoterwa.
    - Haranira uburenganzira bwawe.
    - Umwana ufite ubumuga, ni umwana nk’abandi 

    III.3. IZINA MBONERA 
    Igikorwa
    Itegereze amagambo yanditse atsindagiye ari mu nteruro zikurikira 
    zavuye mu muvugo “Barazira iki?”ugire icyo uvuga ku miterere 
    yayo maze utahure inshoza n’intego by’amazina mbonera ndetse 
    n’amategeko y’igenamajwi.

    - Utubari akatubunga.
    - Bagataha ibigunda.
    - Abana yabyaye ntibigeze ishuri.
    3.3.1. Inshoza y’izina mbonera
    Izina mbonera ni izina rusange rigizwe n’uturemajambo tw’ibanze 
    dutatu gusa, ritari izina ry’urusobe kandi ridakomoye ku nshinga. 
    Rivuga abantu, ibintu cyangwa inyamaswa muri rusange. 
    3.3.2. Intego (uturemajambo) y’izina mbonera
    Intego y’izina mbonera ni: Indomo, indanganteko n’igicumbi (D+RT+C)
    a)Indomo (D)
    Ni akaremajambo kagizwe n’inyajwi iterura (ibanziriza) izina, indomo 
    buri gihe isa n’inyajwi y’akaremajambo kayikurikira iyo gahari. Ni 
    ko karemajambo kabanziriza utundi turemajambo twose tugize izina.
    Mu Kinyarwanda inyajwi zishobora kuba indomo ni eshatu: i, u, a.
    Ingero: ikivuguto, amasaka, umuvure
    b)Indanganteko (RT)/indangazina (RZ)
    Indanganteko ni akaremajambo kerekana inteko izina ririmo. Ako 
    karemajambo ni ko kagena uturemajambo tw’isanisha. Indanganteko 
    zihinduka bitewe n’inteko izina ririmo.
    Urugero: Amatara manini araka.
    Indanganteko z’izina mbonera ni izi zikurikira:
    C

    X

    Ikitonderwa:
    - Hari amazina atagaragaza indanganteko. Indanganteko ya bene 
    ayo mazina igaragazwa n’iki kimeyetso ϕ.
    Ingero:
    Isuka nziza: Indanganteko ni ϕ.
    – Hari amazina adahita agaragaza indanganteko. Bene ayo mazina 
    yongerwaho ntera bityo indangasano ya ntera ikaba ari yo 
    ndanganteko y’iryo zina.
    Ingero:
    - Impu nziza: indanganteko y’izina impu ni -n- aho kuba -m- kuko 
    indanganteko -m-itabaho.
    - Uduti twiza: indanganteko y’izina uduti ni -tu- aho kuba -du- kuko 
    indanganteko -du-itabaho.
    Agakwasi gato: indanganteko y’izina agakwasi ni -ka- aho kuba -ga-kuko indanganteko -ga-itabaho.
    c) Igicumbi (C)
    Ni igice k’izina kidahinduka kibumbatiye inyito y’ibanze y’izina.
    Mu Kinyarwanda izina mbonera iryo ari ryo ryose rifite iyo ntego. N’amazina 
    adafite indanganteko igaragara na yo intego yayo ni D+RT+C. Muri ayo mazina 
    akaremajambo kagaragaza indanganteko gahagararirwa n’iki kimenyetso ϕ.

    Ingero:

    CC

    3.3.3. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa mu izina mbonera
    Igenamajwi ni umutwe w’ikibonezamvugo wiga uko amajwi agize 
    uturemajambo ahinduka iyo ahuriye mu ijambo cyangwa hagati 
    y’amagambo. Amategeko y’igenamajwi afasha umuntu kugereranya 
    intego n’imvugo, maze akagerageza kuvumbura impamvu amajwi amwe 
    n’amwe yagiye ahinduka cyangwa azimira. Amategeko y’igenamajwi ni 
    yo amusobanurira ukuntu amajwi yahindutse. 
    Ingero:
    Umwana: u-mu-ana 
    u→w/-J bisomwa ngo u ihinduka w iyo ikurikiwe n’inyajwi.
    Icyatsi: i-ki-atsi 
    i→y/-J bisomwa ngo i ihinduka y iyo ikurikiwe n’inyajwi.
    ky → cy mu myandikire yemewe y’Ikinyarwanda.
    Abari: a-ba-ari 
    a→ø/ -J bisomwa ngo a yaburijwemo ikurikiwe n’inyajwi.
    Amategeko y’igenamajwi ajyanye n’inyajwi n’ingombajwi mu 

    izina mbonera

    X

    XX

    Umwitozo
    1. Tahura amazina mbonera muri izi nteruro.
    a) Yabashoye ibishanga.
    b) Ifaranga bacyuye aribaka abahonda.
    c) Agatinya gukopfora ngo atotswa igitutu.
    2. Garagaza intego y’amazina mbonera akurikira n’amategeko 
    y’igenamajwi yakoreshejwe: amenyo, imfuruka, umweyo, inzuzi 
    (z’ibihaza)
    III.4. NTERA
    Igikorwa
    Soma witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye muri uyu mwandiko, 
    utahure inshoza n’uturango byayo kandi ukore ubushakashatsi 

    ugaragaze intego yayo n’amategeko y’igenamajwi yakoreshejwe.

    Umwandiko: Ihogoza
    Yewe hoho hogoza ryange
    Wabaye mwiza uratangaza
    Uruhu rutoto runyura bose
    Uruhanga rugari ruba isimbi
    Ibyano byawe biba bihire
    Imigambi yawe mitagatifu
    Ingeri nyinshi zirayishima.
    Umuntu mubi gica naza
    Uzamwime amatwi umuheze
    Nta kintu gishya ajya atunga
    Azaguhohotera numwihata
    Azagucuza ubuzima bwawe
    Mwiyame kare ritararenga.
    Amashyi make ntunze
    Ntiyashobora kuguhaza
    Reka mbe nshukijeho gatoya
    Mbaye muzima n’ubutaha
    Nagaruka kuguhimba wese.
    Ndi mukuru simbeshya
    Yewe, nta wundi wakubasha!
    3.4.1 Inshoza ya ntera
    Ntera ni ijambo rigaragira izina rigasobanura imiterere, imimerere 
    n’ingano by’iryo zina. Ntera yegerana n’izina ifutura cyangwa bigahuzwa 
    n’inshinga kuba, ni cyangwa si.
    3.4.2 Uturango twa ntera
    Ntera yisanisha n’izina biri kumwe igafata indanganteko yaryo ho 
    indangasano, bityo ntera ikinjira mu nteko zose z’amazina.
    Ingero
    - Uyu murima ni mugari.
    - Kanyana ni umukobwa muremure kandi munini bigaragara.

    - Umunyeshuri utiga agira amanota mabi.
    Ntera igaragaza indanganteko y’izina igaragiye iyo indanganteko yaryo
    itigaragaza kandi ikagira umumaro w’imfutuzi.
    Ingero
    - Ibuye rinini
    - Ishuri rikuru
    - Intebe nshya
    3.4.3 Intego ya ntera
    Ntera igira uturemajambo tubiri: Indangasano (RS) n’igicumbi (C).
    Indangasano (RS)
    Indangasano ni igice cya ntera gihinduka bitewe n’izina biri kumwe.
    Indangasano ya ntera isa n’indanganteko y’izina igaragiye.
    Ingero
    - Umukinnyi mushya yatsinze ibitego byinshi.
    - Umurima mwiza wera imyaka myinshi.
    Igicumbi (c)
    Igicumbi cya ntera ni igice cyayo kidahinduka igihe hakozwe igoragoza 
    kandi ni cyo gice kigaragaza inyito (igisobanuro) yayo.
    Ingero
    - Umuntu muto
    - Abantu bato
    - Umurima muto
    - Imirima mito
    Urutonde rw’ibicumbi bya ntera
    Kugira ngo umenye ko ijambo iri n’iri ari ntera ubibwirwa n’igicumbi 
    cyaryo. Ntera igira ibicumbi bikurikira:
    1.-nini
    2.-inshi
    3.-bi
    4.-tindi
    5.-gari
    6.-iza
    7.-sa/sa-sa
    8.-zima
    9.-to/toto/to-to, toya
    10.-ke/keya/ke-ke
    11.-kuru
    12.-bisi
    13.-shya/shyashya
    14.-gufi/gufiya
    15.-re/-re-re
    16.-tagatifu
    17.-hire
    18.-taraga
    19.-nzinya, nzunyu, nuya, niniya, nzuzunya,
    nunuya, niniriya, nziginya, nzugurunyu
    3.4.4 Amategeko y’igenamajwi akoreshwa muri ntera
    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa muri ntera ni nk’ayo mu izina.
    Ingero
    - Ubutunzi bwiza: bu-iza u→w/-J
    - Intera ndende: n-re-n-re r→d/n-

    - Imyaka myinshi: mi-inshi i→y/-J

    Imbonerahamwe igaragaza ibicumbi bya ntera, intego 

    n’amategeko y’igenamajwi

    CC

    CC

    DD

    Ikitonderwa
    - Igicumbi –re , –to na -ke byisubiramo ku buryo bifata indangasano 
    ebyiri.
    Ingero: 
    Igihe kirekire (ki-re-ki-re)
    Igihugu gitogito (ki-to-ki-to) k→g/-GR 
    Ibigori bikebike: bi-ke-bi-ke
    - Ibicumbi –gufi, -ke, -to bishobora kwiyongeraho-ya
    Ingero: 
    Umuntu mugufiya.
    Amagambo makeya
    - Igicumbi –niya gishobora kugira impindurantego nyinshi.
    Ingero: nuya, niniya, nzunyu, nzinya, nzuzunya, nunuya, niniriya, 
    nziginya, nzugurunyu...
    - Ibicumbi shya, to bishobora kwisubiramo
     Ingero:
    Umwenda mushyashya.
    Igiti gitoto.

    Umwitozo
    1. Ntera ni iki?
    2. Tanga ingero 5 z’interuro zirimo ntera wihitiyemo.
    3. Tahura ntera ziri mu nteruro zikurikira, ugaragaze intego yazo 
    n’amategeko y’igenamajwi yubahirijwe.
    a) Amazi menshi cyane yangiza imyaka.
    b) Amatama masa ntasabira inka igisigati.
    c) Tubifurije urugendo ruhire.
    d) Abana bato bakenera kwitabwaho.
    e) Inkuru ndende irashimisha.
    III.5 IZINA NTERA
    Igikorwa
    Soma witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye muri izi nteruro, 
    utahure inshoza n’uturango by’izina ntera n’intego yaryo.
    a) Iyo Rubundakumazi agura inka z’inzungu umuryango we wari 
    kubona amata y’inshyushyu n’ay’ikivuguto.
    b) Umwiza arahenda.
    c) Abakuru bagira inama abato
    3.5.1. Inshoza y’izina ntera
    Mu Kinyarwanda, amazina ntera arimo ibice bibiri:
    Igice cya mbere kigizwe n’amazina akomoka kuri ntera zifata indomo 
    zigasimbura amazina zigaragiye zikagira intego nk’iy’amazina, akaba 

    ari yo mpamvu bayita amazina ntera.

    Ingero:

    CC

    Igice cya kabiri kigizwe n’amazina asobanura imiterere y’irindi zina 
    agaragiye akitwara nka ntera . Ayo mazina agaragaza ubwoko, akarere, 
    ibara cyangwa igihugu ikivugwa gikomokamo, akisanisha mu nteko 
    nyinshi zishoboka. Ingero
    - Abagabo b’Abayenzi bakunda guhinga amasaka.
    - Amasuka y’amaberuka ntakiboneka.
    - Yaguze inkweto z’umutuku.
    - Umwenda w’umutirano ntumara imbeho.
    - Wa mukobwa wange yashatswe n’umusore w’Umugande.
    - Umuceri w’umutanzaniya.
    - Indagara z’indundi.
    - Aya masuka si amaberuka.
    - Uyu mwana ni Umunyarwanda
    - Aya masuka atari amaberuka sinayagura
    - Aya magi abaye amahuri ntiyaribwa
    3.5.2. Uturango tw’izina ntera
    Izina ntera ryisanisha mu nteko nyinshi
    Ingero
    nt.1 Umwana w’Umuyenzi
    nt.2 Abagabo b’Abayenzi
    nt.3 Imirima y’imiyenzi
    nt.16 Ahantu h’ahayenzi
    Izina ntera rivuga ubwoko, akarere, ibara cyangwa igihugu ikivugwa 
    gikomokamo.

    Ingero
    - Inzu z’indundi
    - Umupira w’umuhondo
    Izina ntera rishobora gusimbura izina ryasobanuraga.
    Urugero: Inka z’inzungu zirakamwa: Inzungu zirakamwa.
    3.5.3 Intego y’izina ntera
    Intego y’izina ntera ni nk’iy’izina ariko bigaterwa n’inkomoko cyangwa 
    ubwoko bw’iryo zina.
    Ingero
    - Inka y’ikimasa ikura vuba: i-ki-masa
    - Nkunda inkweto z’ubururu: u-bu-ruru
    Umwitozo
    1. Tanga ingero ebyiri z’interuro zirimo amazina ntera.
    2. Tahura amazina ntera ari mu nteruro zikurikira ugaragaze 
    uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi yubahirijwe.
    a) Amagi y’amazungu agura make.
    b) Umwenda w’umukara urashyuha.
    c) Umwiza arahenda.
    d) Abenshi basobanukiwe akamaro k’ishuri
    III. 6. IGISANTERA
    Igikorwa
    Soma interuro zikurikira witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye 
    maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza n’uturango tw’igisantera 
    kandi ugaragaze intego yacyo n’amategeko y’igenamajwi.
    a) Rubundakumazi yari umubyeyi gito uhohotera abana be.
    b) Uburinganire bw’umugore n’umugabo ni imyumvire 
    mpuzamahanga si mu Rwanda twayisanga gusa.
    c) Umuco nyarwanda ntugacike.

    3.6.1. Inshoza y’ibisantera
    Ibisantera ni amagambo afite imyitwaririre nk’iya ntera kuko bifutura 
    amazina biri kumwe, ariko nanone si ntera kuko bitisanisha buri gihe 
    nka ntera kandi ntibifata ibicumbi bya ntera.
    3.6.2. Uturango tw’ibisantera
    Mu nteruro ibisantera bifata umwanya nk’uwa ntera. Hari ibifata 
    indangasano isa nk’iy’amazina bigaragiye, ariko hari n’ibitazifata.
    Ibifata indangasano isa nk’iy’izina bigaragiye
    Ingero:
    - Ururimi rutwaye inkuru mbarirano ntiruyitindana.
    - Inzu ndangamurage irasurwa cyane.
    Ibifata indangasano idasa n’iy’izina bigaragiye.
    Ingero:
    - Ikarita ndangamuntu ikenerwa henshi.
    - Imyitozo nzamurabushobozi ni ingenzi ku banyeshuri.
    - Ibiro mpuzamahanga byaratwegerejwe
    - Imico mvaburayi ikomeje gusakara ku isi hose.
    Imyitozo
    1. Tahura ibisantera muri izi nteruro zikurikira:
    a) Amashuri nderabarezi amaze igihe kirekire.
    b) Ubutegetsi nyubahiriza tegeko bufite akamaro kanini.
    c) Ikawa n’icyayi ni ibihingwa ngengabukungu.
    d) Ibyiza nyaburanga biri mu Rwanda nta handi wabisanga.
    e. Karisa akunda imbyino nyarwanda cyane.
    2. Himba interuro ebyire byiri ukoreshemo ntera, igisantera n’izina 
    ntera.

    III.7. INYUNGURAMAGAMBO
    Igikorwa cy’umwinjizo
    Amagambo abirabiri ari mu nteruro zikurikira yanditse mu nyuguti 
    z’umukara tsiri afitanye isano. Umaze gusoma neza interuro ayo 
    magambo arimo, garagaza isano iri hagati y’ayo magambo abirabiri 
    maze utahure inshoza n’ubwoko by’inyunguramagambo.
    a) Urubyiruko ruzusa ikivi cyatangiwe n’abakurambere.

    b) Urubyiruko ruzaharura ikivi cyatangiwe n’abakurambere.
    c) Si ngombwa ko uwatangiye ikivi ari we ugisoza.
    d) Abanyeshuri bavuga imivugo myiza abantu bakishima.
    e) Mu rugo bavuga umutsima ku munsi mukuru bawurisha 
    ibishyimbo.
    f) Kera bakoshaga ingobyi yo guhekamo abana.
    g) Guheka abarwayi mu ngobyi bajya cyangwa bavanwa kwa muganga 
    ni umuco wo gutabara.
    h) Igizayo iyo shashi y’umunyu, iriya shashi y’ihene itayirya.
    Inshoza y’inyunguramagambo
    Mu Kinyarwanda inyunguramagambo ni urwunge rw’amagambo 
    umuntu akenea kugira ngo abashe gusobanukirwa no gusabana 
    n’abandi mu mvugo cyangwa mu nyandiko. Mu Kinyarwanda hari 
    Impuzanyito (imvugakimwe), imbusane, imvugwakimwe, ingwizanyito 
    n’impuzashusho.
    3.7.1. Impuzanyito (Imvugakimwe)
    Impuzanyito ni amagambo atandukanye ariko ahuje inyito/ igisobanuro.
    Ingero: 
    - Ibyago: Amakuba, ibibazo
    - Kuzahaza: Kurembya, kubabaza, kunegekaza

    3.7.2. Imbusane 

    Imbusane ni amagambo afite inyito zikoze ikinyuranyo ari byo byitwa 
    kubusana. Ni ukuvuga ko inyito zayo zivuguruzanya mu ngingo 
    abumbatiye.
    Ingero: 
    - Umuhungu ≠ umukobwa
    - Kugaya ≠ gushima
    - Ubukire ≠ ubukene
    3.7.3. Imvugwakimwe 
    Imvugwakimwe ni amagambo yandikwa kimwe kandi agasomwa 
    kimwe ariko nta ho ahuriye mu bijyanye n’inyito cyangwa igisobanuro. 
    Ni ukuvuga ko ayo magambo aba asa byonyine ariko adafitanye isano 
    y’igisobanuro. Iyo uyarebye ugira ngo ni ijambo rimwe; ariko si ko biri.
    Ingero: 
    Imbata

    - Imbata: itungo ryo mu rugo.
    - Imbata: imiterere y’ibintu (nk’ibikorwa, umwandiko).
    Inka
    - Inka: itungo ryo mu rugo.
    - Inka: amasaro bakinisha igisoro.
    Kwera
    - Kwera: kw’imyaka
    - Kwera: kuba umweru.
    3.7.4. Ingwizanyito 
    Ingwizanyito ni ijambo riba rifite inyito/ibisobanuro bitandukanye. Ni 
    ukuvuga ko inyito z’iryo jambo ziba zifite aho zihurira, ariko zikagenda 
    zitandukanaho gato bitewe n’imvugiro yakoreshejwe. 
    Ingero
    Gusoma
    - Gusoma ibinyobwa
    - Gusoma igitabo
    - Gusoma umuntu

    Indorerezi: 
    - Indorererezi zo mu matora
    - Indorererezi: utubere tw’inka duto badakama.
    3.7.5. Impuzashusho
    Impuzashusho ni amagambo yandikwa kimwe ariko adasomwa kimwe 
    kandi nta ho ahuriye mu bijyanye n’inyito cyangwa igisobanuro. Ni 
    ukuvuga ko ayo magambo aba asa (ahuje ishusho) mu nyandiko isanzwe 
    honyine, ariko atandukaniye ku butinde bw’imigemo n’imiterere 
    y’amasaku bigaragazwa mu nyandiko ya gihanga cyangwa izindi 
    zabigenewe nk’inyandiko nyejwi.
    Ingero: 
    Gutara 
    - Gutara: gushyira ibitoki mu rwina
    - Gutara: gushaka cyangwa gusarura ibintu bitatanye cyane , gutara 
    ubuki
    Inkoko
    - Inkoko: igikoresho batoreraho imyaka.
    - Inkoko: itungo ryo mu rugo rigira amababa
    Ikirere
    - Ikirere: igice gikikije isi
    - Ikirere: umugozi wo ku nsina
    Imyitozo
    1. Shaka impuzanyito z’aya magambo dusanga mu mwandiko 
    Barazira iki?”nurangiza uyakoreshe mu nteruro: Intere, 
    ibibondo, inoti.
    2. Tanga amagambo atanu afite imbusane maze uyakoreshe mu 
    nteruro ugaragaza ko ari imbusane.
    3. Tandukanya amagambo y’imvugwakimwe wihitiyemo uyakoreshe 
    mu nteruro. 
    4. Wifashishije ingero eshatu, sobanura ingwizanyito.
    5. Koresha interuro maze utandukanye amagambo abiri y’impuzashusho.

    III.8. UMWITOZO W’UBUSHOBOZI NGIRO 
    BW’UMUNYESHURI NYUMA Y’UMUTWE WA GATATU

    Ukoresheje ikeshamvugo rikoreshwa mu mivugo, hanga umuvugo 
    mugufi uvuga ku burenganzira bwa muntu uzawuvugire imbere ya 
    bagenzi bawe. Muri uwo muvugo hagaragaremo byibura ubwoko butatu 
    bw’inyunguramagambo.
    Ubu nshobora
    - Gusesengura no guhanga umuvugo nkoresha ikeshamvugo 
    ritandukanye.
    - Gutandukanya impuzanyito, imvugwakimwe, impuzashusho, 
    ingwizanyito imbusane no kubikoresha mu nteruro.
    - Gusesengura amazina mbonera, ntera, amazina ntera n’ibisantera 
    ngaragaza uturemajambo twabyo kandi nerekana amategeko 
    y’igenamajwi yubahirijwe.
    Ubu ndangwa
    No kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwa muntu no gukangurira 
    abandi kwirinda guhonyora uburenganzira bwa muntu.
    III.9. ISUZUMA RISOZA UMUTWE WA GATATU
    Soma umwandiko ukurikira usubize ibibazo byawubajijweho.
    Umwandiko: Mpore nyampinga
    1. Mpore mwana w’Umunyarwanda
    Ugane ishuri kandi wige
    Ukore neza shenge ushimwe
    Uhahe uronke ugire umutungo
    Uture utuze ugire umutuzo.

    6. Ugire ayera avuzwa umutozo
    Utunge ugwize ugire amatungo
    Uture aheza uzire amatongo
    Uganze uturwe ubone amaturo
    Ukunde ukundwe ugire agaciro.

    11. Nyampinga yari umwana 
    Agahora yifuza kugana ishuri
    Ngo azamure urwamubyaye.
    Izo nzozi nziza ubwo akizirota
    Ngo yige cyane akore nk’abandi

    16. Nyina umubyara aba aramutwamye
    Ngo: “Ayo marere yafashe hasi
    Kugana ishuri ibyo si ibyawe.
    Ese ko ureba Rugero uriya
    Ubona adakeneye no guhekwa?

    21. Ese ko ureba musheru yange 
    Ubwatsi bwayo bwava hehe?
    Umuharuro uraha mwana wange
    Intege zange zawukesha?
    Uru ruhongore ko ruhinda,

    26. Ni nde wundi wo kuruhimba?
    Uru ruhimbi ruhimbaje
    Ubu ntirukeneye Karuhimbi? “ 
    Yunze mu rye Ruhinankiko
    Ati: “Ndabitegetse Migambi !

    31. Icara hasi ufashe umubyeyi
    Na kera na kare ni ko nasanze
    Si wowe uhindura umuco wacu.
    Kuki mutatira urwababyaye ?
    Nyoko uyu ureba yari umukobwa,

    36. Ubu ko atize ko yababyaye
    Ntaganje mu rugo rwange ?
    Gukorera cyane basaza bawe
    Gufata ibere uriha ikibondo
    Ni ko gaciro kawe i Rwanda.” 

    41. Yarihanganye ubwo Nyampinga
    Ariko kandi afata umugambi 
    Wo kutazarera uko yabaye
    Nuko amarere mabi ararenga
    Maze amacakubiri aracika.

    46. Ubu mu bana b’Abanyarwanda
    Dore amahirwe turayahuje
    Dore amahoro ubu araruganje
    Dutange umusanzu mu barutuye
    Ntitugahezwe mu ruduhetse. 
    51. Nyampinga afite agaciro 
    Ni na we uhekera urutubyara
    Ni umusingi w’ubumwe bwacu
    79
    Ni inkomoko y’indero nziza
    Ni isoko y’u Rwanda rw’ejo.
    56. Mu nzego zose ubu arahaganje
    Mu gisirikare ni ku isonga
    Mu giporisi ni ku ruhembe
    Mu nteko ubu arahatetse
    No mu buvuzi nta muvundo.

    61. Imirimo yose ayikora neza
    Ni mu gihe kandi aranabishoboye
    Tumube hafi duhuze imbaraga
    Twesetwese ikiganza mu kindi
    Twubake urwacu ruzira ihohoterwa.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    Subiza ibibazo bikurikira:
    1. Ni zihe nzozi zivugwa mu mwandiko nyampinga yari afite?
    2. Ni bande bamubereye inkomyi zo kugera ku nzozi ze?
    3. Rondora imirimo itandukanye Nyampinga yari agenewe?
    4. Ukoresheje ingero, erekana aho umuhanzi agaragaza ko 
    uburenganzira bw’igitsina gore butubahirizwa muri uyu mwandiko 
    n’aho agaragaza ko bwubahirizwa.
    5. Ni irihe keshamvugo ryiganje mu gika cya mbere cy’umuvugo “Mpore 
    Nyaminga”?
    6. Erekana mu mwandiko aho umuhanzi yakoresheje:
    a) Umubangikanyo wuzuzanya.
    b) Isubirajambo.
    7. Ukoresheje ikeshamvugo ritandukanye, hanga umuvugo mugufi 
    utarengeje imikarago icumi ku nsanganyamatsiko wihitiyemo.
    II. Ibibazo by‘inyunguramagambo
    1. Shaka inyito z’amagambo akurikira ushingiye ku gisobanura afite 
    mu mwandiko
    a) Uruhongore
    b) Uruhimbi 
    c) Karuhimbi 

    d) Guhimba 

    e) Gutwama 
    f) Amarere 
    g) Gutatira 
    h) Ayera 
    i) Umutozo 
    2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zigaragaza ko wumvise 
    igisobanuro cyayo.
    a) Uruhimbi
    b) Umutozo
    c) Gutwama
    d) Gutatira
    3. a. Simbuza amagambo atsindagiye ari muri izi nteruro impuzanyito 
    zayo.
    - Izo nzozi nziza ubwo akizirota.
    - Ugire ayera avuzwa umutozo.
    b. Simbuza amagambo atsindagiye ari muri izi nteruro imbusane 
    zayo
    - Nyoko uyu ureba yari umukobwa. 
    - Gukorera cyane basaza bawe.
    4. Interuro ebyirebyiri zifite amagambo yanditse kimwe. Vuga 
    niba ayo amagambo yanditse kimwe ari imbusane, ingwizanyito, 
    impuzashusho, impuzanyito, imvugwakimwe. 
    a) Dore amahoro ubu araruganje
    Amahoro atanzwe neza agira uruhare mu iterambere ry’Igihugu. 
    b) Ubu Nyampinga atetse mu nteko. 
    Ubu Nyampinga atetse mu gikoni. 
    c) Uyu mwana akeneye guhekwa ngo asinzire.

    Uyu murwayi akeneye guhekwa akajyanwa kwa muganga. 

    III. Ikibonezamvugo
    1. Andika ubwoko bw’amagambo atsindagiye ari muri izi nteruro 
    zikurikira kandi werekane uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi 
    yubahirijwe. 
    a) Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu ikorera mu nzu
    y’igorofa ndende.
    b) Umurima wa Mugabo weze imyumbati. Imyiza barayigurisha indi 
    isigaye bayisheshamo ifu y’ubugari.
    2. Gereranya igisantera, ntera n’izina ntera
    IV. Ikibazo ku muvugo
    Fata mu mutwe umuvugo “Mpore Nyampinga” hanyuma uwutondagure 
    imbere ya bagenzi bawe.




    

    UMUTWE WA KABIRI:UMUCO NYARWANDAUMUTWE WA KANE:ITUMANAHO N’IKORANABUHANGA MU ITERAMBERE