• UMUTWE WA MBERE:UBUREZI N’UBURERE

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe 
    - Gusesengura umwandiko uvuga ku burezi n’uburere agaragaza 
    ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo. 
    - Kwandika yubahiriza amabwiriza y’imyandikire.
    - Kwandika ibaruwa mbonezamubano.
    Igikorwa cy’umwinjizo
    Ushingiye ku bumenyi ufite, garagaza ahantu hatandukanye umwana 
    yakwigira ibijyanye n’uburezi n’uburere.
    I.1. Umwandiko: Akamaro k’itorero
    vv
    Mu Rwanda rwo hambere, Abanyarwanda bari bazi gutoza abana babo 
    uburere bukwiye umuntu nyamuntu. Ibyo byakorwaga bakiri bato cyane 
    kuko “Igiti kigororwa kikiri gito.” Abakobwa batozwaga uburere mu 
    buryo butandukanye n’ubwo abahungu batozwagamo. 

    Umwana w’umukobwa yatozwaga na nyina, akamwigisha imirimo yo 
    mu rugo, akamwigisha ibijyanye no gutunganya gahunda z’urugo. Iyo 
    umukobwa yamaraga kuba umwangavu bamutozaga kujya asanga 
    ab’urungano rwe mu rubohero bakitoza gukora imirimo y’amaboko 
    ibagenewe irimo: kuboha ibikoresho bitandukanye nk’ibiseke, ibirago, 
    inkangara, gukora imitako n’ibindi. Bigishwaga kugira ibanga, kubaha, 
    gufata abagabo neza, kwakira abashyitsi, kubana neza n’abandi no 
    gufatanya na bo. Ibyo byabateguraga kuzavamo abagore babereye ingo 
    zabo. 

    Umwana w’umuhungu yigiraga kuri se, akamureberaho imirimo 
    itandukanye: gusana urugo, kubaka ibiraro by’amatungo, kuboha ibitebo, 
    imitiba n’ibindi. Umuhungu umaze kuba ingimbi yoherezwaga mu 
    itorero aho yitorezaga indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda. 
    Ngo: “Agahugu katagira umuco karacika.” Si iby’umuco gusa yatozwaga; 
    yigaga n’imyitozo ijyanye n’urugamba: gusimbuka, kumasha bahamya 
    intego, gukinga no kwizibukira kugira ngo nibiba ngombwa azashobore 
    kurengera ubusugire bw’Igihugu. Bigishwaga kandi kuba intyoza mu 
    kuvugira mu ruhame, kwivuga no gukesha igitaramo. Batozwaga kutaba 
    ibifura kugira ngo bazage babasha kwihagararaho imbere y’abashaka 
    kubacyocyora. 

    Muri iki gihe nabwo hari itorero ritoza abantu bo mu ngeri zitandukanye, cyane 
    cyane urubyiruko, ibijyanye n’umuco n’indangagaciro by’Abanyarwanda. 
    Iryo torero rifitiye Abanyarwanda akamaro kanini cyane kuko ari urubuga 
    Abanyarwanda batorezwamo gukunda Igihugu, ubunyangamugayo, 
    kwirinda amacakubiri, gukorera ku mihigo, gukunda umurimo no 
    kuwunoza n’izindi ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Intore zirinda 
    icyazisubiza inyuma n’icyasubiza inyuma Igihugu mu iterambere. 

    Itorero rero ni urubuga rwiza Abanyarwanda bitorezamo ubutore. Itorero 
    ribafasha kwishakira ibisubizo by’ibibazo bahura na byo mu buzima. Aho 
    ni ho havuye imvugo igira iti: “Intore ntiganya ishaka ibisubizo.” 

    1.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko 

    Igikorwa: 
    Soma umwandiko “Akamaro k’itorero”, ushakemo amagambo 
    udasobanukiwe neza hanyuma uyasobanure wifashishije 

    inkoranyamagambo

    Umwitozo
    Koresha amagambo akurikira mu nteruro ziboneye.
    a) umwangavu
    b) Indangagaciro
    c) Intyoza 
    d) Inkangara
    1.1.2. Gusoma no kumva umwandiko 
    Igikorwa: 

    Ongera usome umwandiko “Akamaro k’itorero”, usubize ibibazo 

    byawubajijweho.

    1. Mu itorero bigiragamo iki?
    2. Erekana uko abakobwa bageze mu gihe cy’ubwangavu bitabwagaho.
    3. Sobanura impamvu Abanyarwanda bakwiye gukangukira kwitabira 
    itorero.
    4. Abana b’ abahungu batozwaga iki mu itorero?
    5. Sobanura imvugo “Intore ntiganya ishaka ibisubizo” ukurikije 
    ibivugwa mu mwandiko.
    6. Ubu itorero ryitabirwa na bande?
    1.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa: 

    Ongera usome umwandiko “Akamaro k’itorero”, usubize ibibazo 
    bikurikira:
    1. Erekana ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko “Akamaro 
    k’itorero”.
    2. Huza insanganyamatsiko y’uyu mwandiko n’ubuzima busanzwe 
    mubamo.
    3. Sobanura uruhare rw’itorero mu burezi n’uburere mu Rwanda.
    4. Gereranya itorero ryo hambere n’iryo muri iki gihe. 
    1.1.4. Kungurana ibitekerezo 
    Igikorwa: 

    Mwungurane ibitekerezo ku nsanganyamatsiko zikurikira:
    1. Akamaro k’itorero mu burezi n’uburere mu Rwanda.
    2. Intore zo ku rugerero mu muco nyarwanda n’intore zo ku rugerero 
    muri iki gihe.
    I.2. Amabwiriza y’imyandikire yemewe y’ikinyarwanda

    1.2.1. Imyandikire y’inyajwi, inyerera, ingombajwi n’ibihekane

    Igikorwa
    Kora ubushakashatsi utahure inshoza y’imyandikire y’ururimi, 
    ugaragaze imyandikire y’inyajwi, inyerera, ingombajwi n’ibihekane 
    by’ururimi rw’Ikinyarwanda. 
    Inshoza y’imyandikire y’ururimi
    Imyandikire y’ururimi ni urusobe rw’amategeko ashyirwaho mu rwego 
    rwo kugena ibimenyetso bishushanya amajwi y’ururimi runaka. Mu rwego 
    rwo kunoza imyandikire hakaba hifashishwa amahame y’iyigandimi 
    nk’ubumenyi bugamije kwiga indimi zivugwa. Ni yo mpamvu imishinga 
    yose igena imyandikire inoze y’ururimi ikorwa hitabajwe impuguke 
    muri ubwo bumenyi bw’iyigandimi. Amategeko agenga imyandikire 
    y’Ikinyarwanda ni aya akurikira: 
    1. Imyandikire y’inyajwi
    Hatitawe ku myandikire y’ubutinde n’amasaku, inyajwi z’Ikinyarwanda 
    zandikishwa inyuguti zikurikira: a, e, i, o, u.
    Gukurikiranya inyajwi mu myandikire isanzwe mu Kinyarwanda 
    birabujijwe, uretse mu nyandiko ya gihanga yubahiriza ubutinde 
    bw’inyajwi n’amasaku, mu ijambo (i)saa ry’iritirano, mu marangamutima, 
    mu migereka n’inyigana birimo isesekaza. Kandi nabwo handikwa 
    inyajwi zitarenze eshatu.
    Ingero:
    - Saa kenda ndaba ngeze iwawe.
    - Irangamutima “yooo”!
    - Umugereka: Ndagukunda “cyaneee”!
    - Inyigana “pooo”! ; “mbaaa”!
    2. Imyandikire y’inyerera 
    Inyerera ni ijwi ritari inyajwi ntiribe n’ingombajwi, ariko rifite uturango 
    rihuriraho n’inyajwi n’utundi rihuriraho n’ingombajwi. Ayo majwi 
    ajya kuvugika nk’inyajwi, nyamara kandi ugasanga yitabaza inyajwi 
    nk’ingombajwi kugira ngo avugike neza. Iki ni cyo gituma yitwa inyerera. 
    Inyerera z’Ikinyarwanda zandikishwa inyuguti w na y.
    Ingero
    - Uwiga aruta uwanga. 
    - Iyange yatakaye.
    3. Imyandikire y’ingombajwi 
    Ingombajwi z’Ikinyarwanda zandikishwa inyuguti imwe. Ni izi zikurikira: 
    b, c, d, f, g, h, j, k, m, n, p, r, l, s, t, v, z.
    Ikitonderwa 
    - Inyuguti “l” ikoreshwa gusa mu izina bwite “Kigali”, umurwa 
    mukuru wa Repubulika y’u Rwanda, mu ijambo “Repubulika”, 
    mu ijambo “Leta” no mu mazina bwite y’amanyamahanga y’abantu 
    n’ay’ahantu, urugero nka Angola, Londoni, Lome, Lusaka, Buruseli, 
    Aluberi...
    - Inyuguti “l” izaguma gukoreshwa mu mazina bwite y’amanyarwanda 
    y’abantu n’ay’ahantu yari isanzwe ikoreshwamo mbere y’aya 
    mabwiriza. 
    4. Imyandikire y’ibihekane
    Ibihekane by’Ikinyarwanda byandikishwa ibimenyetso bikurikira:
    vv
    cc
    s
    Ikitonderwa
    a) Uretse “bg” mu ijambo “Kabgayi” ingombajwi z’ibihekane zitari 
    muri uru rutonde zirabujijwe.
    b) Ibihekane Nokw”,“Nogw”,“hw”, bikurikiwe n’inyajwi “o” cyangwa 
    “u”ntibyandikwa;mu mwanya wabyo handikwaNoko”,“Noku”,“Nogo”, 
    Nogu”, “ho”, “hu”.
    Ingero: 
    - Kwanga koga ni bibi.
    - Kubaka ni ukugereka ibuye ku rindi.
    - Pariki ya Nyungwe ibamo inguge nyinshi.
    - Ngwije na Ngoboka bava inda imwe.
    - Korora inkwavu n’inkoko bifite akamaro.
    - Iyo ngiye kwinjira mu nzu nkuramo inkweto.
    - Mariya ahwituye Hoho kugira ngo yihute.
    - Mahwane aragesa amahundo.
    c) Ibihekane “Nojy”na“Nocy”byandikwa gusa imbere y’inyajwi 
    “a”,“o”na “u”. Imbere y’inyajwi “i” cyangwa “e”handikwa “Nogi”,“No
    ge”,“Noki”,“Noke”.
    Ingero: 
    - Umugi ntuyemo ufite isuku.
    - Gewe / ngewe ntuye mu magepfo y’u Rwanda.
    - Njyanira ibitabo mu ishuri gewe ngiye gukina.
    - Njyana kwa masenge.
    - Iki ni ikibabi k’igiti.
    - Ikibo cyuzuye ibishyimbo.
    d) Ibihekane bigizwe n’ingombajwi “ts”,“pf” na “c”zibanjirijwe 
    n’inyamazuru byandikwa mu buryo bukurikira: “ns”, “mf”, “nsh”.
    Ingero: 
    - Iyi nsinzi turayishimiye.
    - Imfizi y’inshuti yange.
    Imyitozo
    a) Mu nyandiko isanzwe inyajwi z’Ikinyarwanda ni zingahe? Zigaragaze.
    b) Ni ryari inyajwi zishobora kwandikwa zikurikiranye mu nyandiko 
    isanzwe? Tanga ingero
    c) Ni iyihe ngombajwi ifite umwihariko mu mikoreshereze yayo? 
    Ikoreshwa he?
    1.2.2 Ikata n’itakara ry’inyajwi, amagambo afatana n’adafatana
    Igikorwa
    Kora ubushakashatsi maze ugaragaze imyandikire y’amagambo afite 
    inyajwi zitakara n’inyajwi zikatwa n’imyandikire y’amagambo afatana 
    n’adafatana.
    1. Ikata n’itakara ry’inyajwi
    a) Ikata ry’inyajwi zisoza ibinyazina ngenera n’ibyungo “na” na “nka”: 
    Inyajwi zisoza ikinyazina ngenera n’ibyungo “na” na “nka” zirakatwa 
    iyo zikurikiwe n’ijambo ritangiwe n’inyajwi ariko inyajwi isoza 
    ikinyazina ngenera gikurikiwe n’umubare wanditse mu mibarwa 
    ntikatwa.
    Ingero: 
    - Wakomerekejwe n’iki?
    - Ntakibyara nk’intare n’ingwe.
    - Umubare w’amashuri y’imyuga uriyongera.
    - Nyereka uko batsa tereviziyo n’uko bayizimya.
    - Umwaka w’ibihumbi bibiri na cumi n’ibiri
    - Umwaka wa 2012.
    b) Inyajwi zisoza amagambo ntizikatwa. 
    Urugero:
    Kabya inzozi
    c) Inyajwi “i” isoza akabimbura “nyiri”, n’inshinga mburabuzi “ni” na 
    “si” ntizikatwa.
    Ingero:
    - Nyiri ubwenge aruta nyiri uburyo
    - Amasunzu si amasaka
    - Icyatumye ejo ntaza iwawe ni uko natashye ndwaye.
    d) Ijambo “nyiri” iyo riri mu mazina amwe n’amwe y’icyubahiro 
    rifatana n’ijambo ririkurikiye. 

    Urugero: 

    Nyiricyubahiro Musenyeri.
    e) “Nyira” ivuga “nyina wa” ikoreshwa mu mazina, ifatana n’ijambo 
    ibanjirije.
    Urugero: 
    Nyirabukwe aramukunda.
    f) Inyajwi itangira amazina bwite n’amazina rusange akurikiye 
    indangahantu “mu”na “ku” iratakara, keretse mu izina ritangirwa 
    n’inyajwi “i” ikora nk’indanganteko.
    Ingero:
    - Mu Mutara higanje imisozi migufi.
    - Mu Kagera habamo ingona.
    - Amatungo yanyuze mu murima.
    - Kwita ku nka bigira akamaro.
    - Abana bavuye ku iriba bajya mu ishuri.
    - Banyuze mu ishyamba.
    g) Inyajwi zisoza indangahantu“ku” na“mu” ntizikatwa kandi 
    zandikwa iteka zitandukanye n’izina rikurikira.
    Ingero: 
    - Amatungo yanyuze mu murima.
    - Kwita ku nka bigira akamaro.
    2. Amagambo afatana n’adafatana
    a) Amazina y’inyunge harimo n’amazina bwite y’inyunge yandikwa 
    afatanye.
    Ingero:
    - Umwihanduzacumu
    - Rugwizangoga
    - Umukangurambaga
    - Umuhuzabikorwa
    - Amayirabiri
    12
    b) Mu bisingizo, mu byivugo no mu migani, amazina nteruro agizwe 
    n’amagambo arenze ane (4) yandikwa atandukanyijwe kandi 
    agashyirwa mu twuguruzo n’utwugarizo.
    Urugero: 
    Ubwo “Inshyikanya ku mubiri ya Rugema ahica” aba arahashinze.
    c) Amagambo mfutuzi yandikwa atandukanyijwe n’amagambo 
    afuturwa. 
    Ingero: 
    - Inama njyanama
    - Umuco nyarwanda
    - Umutima nama
    - Umutima muhanano
    - Inyandiko mvugo.
    d) Ibyungo “na” na “nka” bikurikiwe n’ibinyazina ngenga bivuga 
    nyakuvuga na nyakubwirwa (ngenga ya 1 n’iya 2) byandikwa mu 
    ijambo rimwe ariko bikandikwa bitandukanye n’ibinyazina ngenga 
    muri ngenga ya 3.
    Ingero:
    - Ndumva nawe umeze nkange.
    - Ndabona natwe tumeze nkamwe.
    - Ndumva na we ameze nka bo.
    - Ndabona na ko kameze nka bwo.
    e) Iyo ikinyazina ngenera gikurikiwe n’ikinyazina ngenga 
    byandikwa mu ijambo rimwe.
     Ingero: 
    - Umwana wange
    - Umurima wacu
    - Ishati yawe
    - Amafaranga yabo
    f) Impakanyi “nta” yandikwa ifatanye n’inshinga itondaguye iyikurikiye 

    ariko iyo ikurikiwe n’ubundi bwoko bw’ijambo biratandukana. 
    Ingero: 
    - Iwacu ntawurwaye
    - Muri iri shuri ntabatsinzwe
    - Ya nka ntayagarutse
    - Nta we mbona
    - Nta cyondwaye
    g) Ibinyazina ngenga ndangahantu “ho”,“yo”,“mo (mwo)” n’akajambo 
    “ko” bifatana n’inshinga bikurikiye, keretse iyo iyo nshinga ari “ni” cyangwa 
    “si”. 
    Ingero: 
    - Wa mugabo nimusangayo turagenderako ntitugaruka.
    - Ya nama yayivuyemo. 
    - Kuki yamwihomyeho? 
    - Ni ho mvuye.
    - Si ho ngiye.
    h) Akajambo “ko” kunga inyangingo ebyiri kandikwa gatandukanye 
    n’amagambo agakikije.
    Ingero:
    - Umwarimu avuze ko dukora imyitozo.
    - Ndatekereza ko baduhembye.
    i) Urujyano rurimo ijambo “ngo” kimwe n’ibinyazina:“wa wundi”, 
    “bya bindi”,“aho ngaho”,“uwo nguwo” n’ibindi biremetse nka byo 
    byandikwa mu magambo abiri.
    Ingero: 
    - Kugira ngo wa wundi adasanga wagiye, ukwiye kuba ugumye  aho ngaho.
    - Bwira uwo nguwo yinjire.
    - Fata aka ngaka, ibyo ngibyo bireke.
    j) Ijambo “ni” rikurikiwe n’inshinga ifite inshoza yo “gutegeka” 
    cyangwa iyo “guteganya”ryandikwa rifatanye na yo.

    Ingero:
    - Nimugende mudasanga imodoka yabasize.
    - Nimugerayo muzamundamukirize.
    k) Amagambo yerekana ibihe yandikwa mu ijambo rimwe: “nimunsi”, 
    “nijoro (ninjoro)”,“nimugoroba”, “ejobundi”.
    Ingero: 
    - Aragera ino nijoro.
    - Araza nimugoroba.
    - Yatashye ejobundi. 
    l) Ijambo “munsi”ryerekana ahantu na ryo ryandikwa mu ijambo 
    rimwe.
    Urugero:
    Imbeba yihishe munsi y’akabati.
    m) Amagambo “ku” na “mu” yandikwa atandukanye n’ikinyazina 
    ngenera ndetse no mu magambo “ku wa” na “mu wa” abanziriza 
    itariki cyangwa umubare mu izina ry’umunsi.
    Ingero:
    - Sindiho ku bwabo.
    - Navutse ku wa 12 Ugushyingo.
    - Azaza ku wa Mbere.
    - Yiga mu wa kane.
    n) Ijambo “(i)saa”, rikurikiwe n’umubare byerekana isaha byandikwa 
    mu magambo atandukanye.
    Ingero:
    - Abashyitsi barahagera saa tatu.
    - Isaa kenda nizigera ntaraza wigendere
    o) Imigereka ndangahantu iremewe ku ndangahantu “i” (imuhira, 
    iheru, iburyo, ibumoso, ivure, ikambere, imbere, ibwami, inyuma…) 
    n’amagambo akomoka kuri “i” y’indangahantu ikurikiwe n’ikinyazina 
    ngenera “wa”, n’ikinyazina ngenga yandikwa mu ijambo rimwe.

    Ingero:
    - Nujya iburyo ndajya ibumoso.
    - Mbwirira abari ikambere bazimanire abashyitsi.
    - Nuza iwacu nzishima.
    p) Indangahantu “i” ikurikiwe n’izina bwite ry’ahantu yandikwa 
    itandukanye n’iryo zina.

    Ingero:
    - I Kirinda haratuwe cyane.
    - I Muyunzwe ni mu magepfo.
    r) Inshinga mburabuzi “ri”iyo ikoreshejwe mu nyangingo ngaragira 
    yandikwa itandukanye n’ikinyazina kiyibanziriza n’ikiyikurikira.
    Ingero:
    - Itegeko rihana umuntu uwo ari we wese wangiza umutungo wa Leta.
    - Ibyo ari byo byose sindara ntaje kukureba.
    - Sinzi uwo uri we.
    - Nimumbwire abo muri bo
    s. Amagambo afatiwe hamwe akarema inyumane y’umugereka, 
    inyumane y’icyungo, cyangwa iy’irangamutima akomoka ku 
    binyazina bitakibukirwa amazina bisimbura yandikwa afatanye. 
    Nyamara iyo ahuje ishusho n’izo nyumane kandi ibinyazina 
    bikerekeza ku kintu kizwi cyangwa kibukwa mu buryo bugaragara, 
    byandikwa bitandukanye.
    Ingero: 
    - Niko? Uraza? 
    - Uko arya ni ko angana.
    - Uku kwezi ni uko guhinga.
    - Amutumaho nuko araza. 
    - Ukuboko ashaka ni uko. 
    t) Amagambo ashingiye ku isubiramo yandikwa afatanye.

    Ingero: 
    - Perezida yavuze ijambo arangije abari aho amashyi ngo: “Kacikaci!”
    - Babwire bage binjira umwumwe.
    - Mugende babiribabiri.
    Umwitozo
    1. Subiza ikibazo gikurikira:
    Inyajwi zitangira amazina akurikira indangahantu “mu” na “ku” 
    zitwara zite? Tanga ingero.
    2. Kosora interuro zikurikira aho ari ngombwa.
    a) Nyir’imari ni we nyir’ubukungu.
    b) Ruganzu Ndori yahungiye kwa nyira senge iKaragwe.
    c) Yavutse mu mwaka w’2010
    d) Nibyiza ko abanyeshuri basoma umwandiko umwe umwe.
    e) Tugiye kumva twumva amashyi ngo kaci kaci!
    f) Urarya ni uko utabyibuha.
    g) Ugukora kwe ni uko.
    h) Iga ibyongibyo kugirango uzatsinde neza.
    3. Amagambo aranga igihe yandikwa ate? Tanga ingero eshatu.

    1.2.3. Imyandikire y’amazina bwite, imikoreshereze y’utwatuzo 
    n’inyuguti nkuru 

    Igikorwa 
    Wifashishije ibitabo bivuga ku myandikire y’Ikinyarwanda, subiza 
    ibibazo bikurikira:
    - Imyandikire y’amazina bwite iteye ite?
    - Vuga kandi usobanure utwatuzo twose n’imikoreshereze yatwo.
    - - Inyuguti nkuru zikoreshwa ryari?
    1. Amazina bwite
    a) Amazina bwite y’ahantu afite indomo
    Amazina bwite y’ibihugu n’ay’uturere afite indomo yandikwa 
    atandukanye n’iyo ndomo; iyo ndomo ikandikwa mu nyuguti nto, keretse 
    iyo itangira interuro.
    Ingero: 
    - A Marangara n’i Gisaka ni tumwe mu turere twa kera tuvugwa mu 
    mateka y’u Rwanda.
    - U Rwanda rurigenga.
    - U Mutara wera ibigori, ibitoki n’ibishyimbo.
    - U Bubirigi buri mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Bufaransa.
    b) Amazina bwite y’abantu arenze rimwe
    Amazina bwite y’abantu arenze rimwe akurikirana muri ubu buryo: 
    habanza izina yahawe akivuka, hagakurikiraho andi mazina y’inyongera.
    Ingero:
    - UWASE Ikuzo Laurette
    - VUBI Pierre
    - KARIMA Biraboneye
    - MUNEZERO Salima 
    c) Amazina bwite y’abantu n’ahantu y’amavamahanga

    Amazina bwite y’abantu n’ahantu y’amavamahanga atari ay’idini 
    n’amazina bwite y’ibihugu n’ay’uturere y’amahanga yandikwa uko 
    avugwa mu Kinyarwanda, nyuma bagashyira mu dukubo uko asanzwe 
    yandikwa mu rurimi akomokamo.
    Ingero:
    - Enshiteni (Einstein)
    - Shumakeri (Schumacher)
    - Ferepo (Fraipont)
    - Cadi (Tchad)
    - Kameruni (Cameroun / Cameroon)
    - Wagadugu (Ouagadougou)
    - Ositaraliya (Australie / Australia)
    d) Amazina y’idini
    Amazina y’idini yandikwa nk’uko yanditswe mu gitabo k’irangamimerere 
    akaza akurikira izina umuntu yahawe akivuka cyangwa izina rindi 
    rifatwa nka ryo. Izina rya mbere ryandikwa mu nyuguti nkuru naho 
    izina ry’idini rikandikwa mu nyuguti ntoya, ritangijwe inyuguti nkuru.
    Ingero: 
    - KARERA John
    - KEZA Jane
    - KAMARIZA Jeanne 
    - RUTERANA Abdul
    - MFIZI Yohana 
    e) Amazina bwite yari asanzweho
    Amazina bwite yatanzwe kandi yakoreshejwe mbere y’aya mabwiriza 
    akomeza kwandikwa uko yari asanzwe yandikwa.
    Ingero:
    - Intara y’Amajyepfo
    - Umujyi wa Kigali 
    - Akarere ka Rulindo
    - Akagari ka Cyimana

    - Umurenge wa Cyeru
    2. Imikoreshereze y’utwatuzo
    a) Akabago/akadomo (.)
    Akabago cyangwa akadomo gasoza interuro ihamya n’interuro iri mu 
    ntegeko.
    Ingero:
    - Umwana mwiza yumvira ababyeyi.
    - Utazi ubwenge ashima ubwe.
    - - Mpereza icyo gitabo.
    b) Akabazo (?)
    Akabazo gasoza interuro ibaza.
    Ingero: 
    - Uzajya i Kigali ryari ngo tuzajyane?
    - Wabonye amanota angahe?
    c) Agatangaro (!)
    Agatangaro gasoza interuro itangara, kagashyirwa n’inyuma 
    y’amarangamutima.
    Ingero: 
    - Mbega ukuntu kino kiyaga ari kinini!
    - Ntoye isaro ryiza mama weee!
    d) Akitso (,)
    Akitso gakoreshwa mu nteruro kugira ngo bahumeke akanya gato.
    Ingero:
    - Umunyeshuri ushaka kujijuka, yirinda gusiba, ntakubagane mu 
    ishuri kandi agakurikiza inama z’umwarimu.
    - Abagiye inama, Imana irabasanga.
    e) Uturegeka (…)
    Uturegeka dukoreshwa iyo berekana irondora ritarangiye, interuro 
    barogoye cyangwa iyo mu nteruro hari ijambo bacikije.

    Ingero: 
    - Mu rugo rwa Kinyarwanda habaga ibikoresho byinshi: ibibindi, 
    ibyansi, ishoka, ibitebo, isekuru…
    - Baragenda ngo bagere ku Ruyenzi bahahurira na mwene... simuvuze 
    nzamuvumba!
    f) Utubago tubiri (smile
    Utubago tubiri dukoreshwa mu nteruro iyo hari ibigiye kurondorwa, 
    gusobanurwa cyangwa iyo bagiye gusubira mu magambo y’undi. 
    Dukoreshwa kandi inyuma y’ingirwanshinga “-ti”, “-tya”, “-tyo” 
    n’ijambo “ngo”.
    Ingero: 
    - Burya habaho imirimo myinshi: guhinga, kubaka, kubaza n’ibindi.
    - Mariya ati: “ Ibyo uvuze bingirirweho”
    - Mu Kinyarwanda baravuga ngo: “Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge”.
    g) Akabago n’akitso (;)
    Akabago n’akitso dukoreshwa mu nteruro kugira ngo batandukanye 
    inyangingo ebyiri ziremye kimwe kandi zuzuzanya.
    Urugero: 
    Gusoma neza si ugusukiranya amagambo; gusoma neza ni no kumva 
    ibyo usoma.
    h) Utwuguruzo n’utwugarizo (“ ”)
    Utwuguruzo n’utwugarizo dukikiza amagambo y’undi asubirwamo, 
    imvugo itandukanye n’imvugo isanzwe, cyangwa ingingo igomba 
    kwitabwaho.
    Dukikiza amagambo ateruwe n’ingirwanshinga “-ti”, “-tya”, “-tyo” 
    n’ijambo“ngo”.
    Dukoreshwa nanone iyo hari inyito ikemangwa cyangwa kugira ngo 
    bakikize amazina nteruro n’amazina y’inyunge agizwe n’amagambo 
    arenze ane.
    Dukoreshwa kandi mu magambo y’amatirano atamenyerewe mu 
    Kinyarwanda.
    Ingero:

    - Igikeri kirarikocora kiti: “Kuba mu bibuba si ko guhunika ibigega”.
    - Nuko ya “nyamaswa” iravumbuka maze havamo umusore mwiza. 
    - Ubwo “Inshyikanya ku mubiri ya rugema ahica” aba arahashinze.
    - Ibyo nabisomye kuri “internet”.
    i) Akuguruzo n’akugarizo kamwekamwe (‘’)
    Akuguruzo n’akugarizo kamwekamwe dukoreshwa iyo utwuguruzo 
    n’utwugarizo twinjira mu tundi mu nteruro.
    Urugero: 
    - Umugaba w’ingabo ati: “Ndashaka ko ‘Inshyikanya ku mubiri ya 
    rugema ahica’ aza hano”.
    j) Udukubo egg
    Udukubo dukikiza amagambo cyangwa ibimenyetso bifite icyo bisobanura 
    cyangwa icyo byuzuza mu nteruro.
    Banadukoresha iyo bashaka kwerekana uko amazina bwite 
    y’amanyamahanga yanditswe mu Kinyarwanda bayandika mu ndimi 
    akomokamo.
    Dukikiza kandi umubare wanditse mu mibarwa mu nteruro iyo uwo 
    mubare wabanje kwandikwa mu nyuguti.
    Twerekana n’ibihekane cyangwa inyuguti bidakunze gukoreshwa.
    Ingero: 
    - Umuyobozi w’Akarere yabwiye abaturage ko kugira ngo barwanye 
    inzara, bagomba gushoka ibishanga (impeshyi yari yabaye ndende)
    kandi kwirirwa banywa bakabifasha hasi.
    - Bisimariki (Bismarck)
    - Koreya (Korea)
    - Kamboje (Cambodge)
    - Igihembo twumvikanyeho ni amafaranga y’amanyarwanda ibihumbi 
    magana atanu (500 000 Frw).
    - (l) na(vy) ntibigira amagambo menshi mu Kinyarwanda.
    k) Akanyerezo (-)
    Akanyerezo (-) gakoreshwa mu kiganiro kugira ngo berekane 
    ihererekanywa cyangwa iyakuranwa ry’amagambo. 

    Urugero:
    - Wari waragiye he?
    - Kwa Migabo.
    Gakoreshwa kandi bakata ijambo ritarangiranye n’impera y’umurongo, 
    bikurikije imiterere y’umugemo.
    Urugero:
    Semarinyota yansabye ko tuzajya -na i Rukoma, ariko sinzamwemerera.
    Kanakoreshwa imbere n’inyuma y’interuro ihagitse.
    Urugero:
    Ejo nzajya mu misa - sinzi niba wari uzi ko nsigaye njyayo - ntuzantegereze 
    mbere ya saa sita.
    l) Udusodeko ([ ])
    Udusodeko dukikiza intekerezo cyangwa insobanuro bongeye mu mvugo 
    isubira mu magambo y’undi.
    Urugero:
    Yaravuze ati: “Sinshobora kurara ntariye inkoko [ayo yari amirariro], 
    keretse narwaye”.
    Dukoreshwa kandi berekana ibyo banenga mu magambo y’undi.
    Urugero: 
    - Yaranditse ati: “Ikinyarwanda ni ururimi ruvugwa n’abatu [ikosa]
    benshi muri Afurika yo hagati”.
    Tunakoreshwa mu magambo y’undi mu kugaragaraza ko hari 
    ayavanywemo cyangwa yasimbutswe. 
    Urugero:
    - Aravuga ati: “Nimureke abana bansange [...] ntimubabuze”.
    m) Agakoni kaberamye (/)
    Agakoni kaberamye gakoreshwa mu kwandika amatariki, inomero 
    z’amategeko no mu guhitamo.

    Ingero:
    - Kigali, ku wa 15/10/2012.
    - Itegeko N° 01/2010 ryo ku wa 29/01/2010.
    - Koresha yego / oya mu gusubiza ibibazo bikurikira.
    3. Imikoreshereze y’inyuguti nkuru
    Inyuguti nkuru ikoreshwa aha hakurikira:
    a)Mu ntangiriro y’interuro.
    Urugero: 
    Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge.
    b) Nyuma y’akabago, akabazo n’agatangaro.
    Ingero: 
    - Twese duhagurukire kujijuka. Wabigeraho ute utazi gusoma? 
    Ntibishoboka. 
    - Ntoye isaro ryiza shenge wee! Reka nge kuryereka nyogokuru.
    c)Nyuma y’ingirwanshinga “-ti”, “-tya”, “-tyo” n’ijambo “ngo” 
    bikurikiwe n’utubago tubiri n’utwuguruzo. Ariko inyuguti 
    nkuru ntitangira amagambo asubirwamo iyo uwandika 
    yayatangiriye hagati mu nteruro yakuwemo.

    Ingero:
    - Mariya arasubiza ati: “Ibyo uvuze bingirirweho”.
    - Igihe Mariya yavugaga ati: “bingirirweho”, yari yaramaze gusabwa 
    na Yozefu.
    d) Ku nyuguti itangira imibare iranga iminsi, amazina y’amezi 
    n’ay’ibihe by’umwaka.

    Ingero: 
    - Ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu.
    - Ugushyingo gushyira Ukuboza
    - Mu Rwanda haba ibihe bine by’ingenzi: Urugaryi, Itumba, Iki 
    (Impeshyi) n’Umuhindo.
    e)Ku nyuguti itangira amazina bwite y’abantu, ay’inzuzi 

    n’ay’ahantu, kabone nubwo indomo itangira izina ry’ahantu 
    yaba yatakaye.
    Ingero: 
    - Rutayisire atuye i Huye hafi ya Cyarwa.
    - Mu Mutara hera ibigori.
    - I Washingitoni (Washington) ni ho hari ikicaro cya Banki y’Isi.
    - Uwitwa Enshiteni (Einstein) yari umuhanga cyane.
    f) Ku nyuguti itangira amazina y’imirimo, ay’inzego z’imirimo 
    n’ay’amashyirahamwe.
    Ingero:
    - Bwana Muyobozi w’Akarere,
    - Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi
    - Umuryango w’Abibumbye
    - Koperative Dufatanye
    g) Ku nyuguti itangira amazina y’impamyabushobozi, ay’icyubahiro, 
    ay’inzego z’ubutegetsi, ay’ubwenegihugu n’amoko, ay’indimi, 
    ku mazina y’ibikorwa byamamaye mu mateka no ku nyuguti 
    itangira ijambo “Igihugu” iyo rivuga u Rwanda.

    Ingero : 
    - Dogiteri Karimanzira
    - Nyakubahwa Perezida wa Repubulika
    - Umurenge wa Nyarugenge
    - Abanyarwanda barimo Abasinga n’Abagesera
    - Dukwiye guteza imbere Ikinyarwanda.
    - Mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose hapfuye abantu benshi.
    - Banki Nkuru y’Igihugu yakoze inoti nshya ya magana atanu.
    h) Ku nyuguti itangira umutwe w’inyandiko, igitabo cyangwa 
    ikinyamakuru.
     
    Ingero: 
    - Nujya mu mugi ungurire Imvaho Nshya.
    - Musenyeri Kagame Alegisi ni we wanditse Indyoheshabirayi.

    i) Izina bwite umuntu yahawe akivuka cyangwa irindi rifatwa 
    nka ryo riri ku ntangiriro no ku mpera y’inyandiko (nk’ibaruwa, 
    nk’itegeko, nk’umwandiko uwo ari wo wose,...) no mu rutonde 
    rw’amazina y’abantu ryandikwa ryose mu nyuguti nkuru. 
    Nyamara rikandikwa mu nyuguti nto uretse inyuguti iritangira 
    yandikishwa inyuguti nkuru mu mwandiko hagati.

    Ingero:
    - GAHIRE Rose
    - UMURISA Keza
    - BUTERA Simoni
    - Nagiye kwa Gahire Rose anyakira neza.
    Umwitozo
    1. Amazina bwite y’ahantu afite indomo yandikwa ate? Tanga 
    ingero eshatu.
    2. Shyira utwatuzo dukwiye mu nteruro zikurikira:
    a. Yagiye ku isoko agura amashu ibirayi ibishyimbo n’ibitoki
    b. Twatanze amafaranga igihumbi na magana abiri 1200 Frw
    3. Kosora interuro zikurikira:
    a. Yababwiye ati, nzarya duke ndyame kare
    b. Yageze muri Cameroni ahurirayo na nyira rume
    c. umubarankuru yavaga inda imwe nabahungu batatu
    d. nyir’urugo umutimanama we wamubwirije gusaba imbabazi 
    umuryango we.
    e. Abana babahungu nabo bari barakurikije se ntibafashe imico 
    yamushiki wa bo.
    f. Mbega ukuntu cyuzuzo yatsinze igitego, uwogeza ngo gooooooooo!.
    4. Ni ryari izina umuntu yahawe akivuka ryandikwa n’inyuguti nto 
    uretse inyuguti iritangira. Tanga urugero.

    I.3. Ibaruwa mbonezamubano
    Igikorwa 
    Soma umwandiko ukurikira, witegereze imiterere yawo maze utahure 
    inshoza yawo n’ibice biwugize.

    MUHIRWA Imena Daniel                                                                 Nyakiriba, ku wa 02 Nzeri 2019
    Ishuri Nderabarezi rya Nyakiriba
    Ter: 0788………
                                                                                  Kuri mubyara wange nkunda,
    Uraho neza.
    Nejejwe no kukwandikira ngira ngo nkubaze amakuru yawe n’uko 
    wizihije umunsi w’umuganura. 
                                                                                 Ubu iwacu turaho nta kibazo ndetse 
    n’imyaka yeze neza. Mwebwe se mu rugo mumeze mute? Abo mu 
    rugo baraho? Umunsi w’umuganura se wawizihije neza? Natwe 
    wagenze neza nta kibazo. Twaganuye ku mbuto zinyuranye mu zo 
    twejeje dusangira n’inshuti n’abavandimwe. Dusubiye ku ishuri naho 
    twarawizihije.
                                                                                Ngaho rero unsuhurize abo mu rugo 
    uti: „Mutahe cyane, arabakumbuye rwose.“ Si nge uzabona ibiruhuko 
    bigera nkaza kubasura. Imana ibarinde.
                                                                               Yari mubyara wawe 
                                                                               MUHIRWA Imena Daniel
                                                                              Umukono
    1.3.1.Inshoza y’ibaruwa mbonezamubano
    Ibaruwa mbonezamubano bakunze kwita ibaruwa isanzwe cyangwa 

    ya gicuti, ni ibaruwa umuntu yandikira umubyeyi, umuvandimwe we, 
    inshuti … agamije kumubwira cyangwa kumubaza amakuru. Uwandika 
    ibaruwa abwira uwo yandikira nkaho bari kumwe, ibyo yakamubwiye 
    akabyandika ku rupapuro. Kuko urupapuro ruba ari ruto, umuntu
    wandika ibaruwa agomba kuvuga iby’ingenzi, nta kurondogora.

    1.3.2. Ibice by’ibaruwa mbonezamubano
    Ibaruwa mbonezamubano igomba kugaragaza ibice bikurikira:
    a) Aderesi y’uwanditse: Amazina y’uwanditse n’aho abarizwa.
    b) Ahantu yandikiwe n’itariki: Uwandika agaragaza aho yanditse ari 
    n’itariki yandikiyeho. 
    c) Uwandikiwe: uwandika agaragaza isano afitanye n’uwandikiwe
    d) Indamutso: Uwandika asuhuza uwo yandikiye.
    e) Ubutumwa nyirizina bw’ibaruwa:uwandika agaragaza ibyo ashaka 
    kugeza k’uwandikiwe
    f) Umusozo: Ugaragaramo gusezera n’intashyo.
    g) Izina ry’uwanditse n’umukono we: Uwanditse ibaruwa 
    mbonezamubano asoza yandika amazina ye agashyiraho n’umukono.
    Umwitozo
    Andika ibaruwa mbonezamubano uyandikire umuntu ihitiyemo mu 
    bavandimwe cyangwa inshuti.
    I.4. Ihimbamwandiko: Umwandiko ntekerezo
    Igikorwa 
    Ongera usome neza umwandiko “Akamaro k’itorero”, witegereze 
    imiterere yawo, maze utahure ubwoko bwawo hanyuma ukore 
    ubushakashatsi bwimbitse utahure inshoza, uturango, n’uburyo bwo 
    guhanga bene uwo mwandiko. 
    1.4.1 Inshoza y’umwandiko ntekerezo
    Umwandiko ntekerezo ni umwandiko muhimbano akenshi uvuga 
    ibintu bisanzwe mu buzima. Uwandika umwandiko ntekerezo 
    ahera ku byo abona, ku byo yumva cyangwa atekereza ko byabaho 

    akabyandika ku buryo uzabisoma agira icyo yiyunguraho mu bumenyi. 
    Umwandiko ntekerezo bawita nanone “umwandiko usanzwe”. 
    Witwa umwandiko usanzwe mu rwego rwo kuwutandukanya n’indi 
    myandiko y’ubuvanganzo nk’inkuru, ibitekerezo, imivugo n’iyindi.
    Imyandiko ntekerezo isa nk’imenyesha amakuru y’ibiriho maze usoma 
    akaba yabifata nk’ukuri cyangwa akabihakana. Nta minozanganzo 
    ikunze kubamo. Iyo usomye uyu mwandiko “Akamaro k’itorero” 
    usanga umwanditsi yarashakaga kuduha amakuru. Ni umwandiko 
    utubwira akamaro k’itorero, ibyigirwagamo n’uko twagereranya itorero 
    rya kera n’iry’ubu. Ni umwandiko usanzwe rero. Mu yandi magambo ni 
    umwandiko ntekerezo.

    1.4.2. Imbata y’umwandiko ntekerezo
    Umwandiko ntekerezo ugira ibice bine ari byo umutwe, intangiriro, 
    igihimba n’umusozo.
    a) Umutwe
    Umutwe ugaragaza mu magambo make cyane ibyo umwandiko ugiye 
    kuvugaho. Dore ibiranga umutwe w’umwandiko.
    - Umutwe w’umwandiko ugomba kuba witaruye gato ibindi bice 
    by’umwandiko bisigaye.
    - Umutwe w’umwandiko ushobora kwandikwa mu nyuguti nkuru.
    - Umutwe w’umwandiko ushobora gucibwaho umurongo
    - Biba byiza cyane iyo umutwe ubaye mugufi. Ni ukuvuga ko uba 
    wanditse mu murongo umwe cyangwa ibiri. Iyo irenze ishobora 
    kwitiranywa n’igika gitangira umwandiko.
    b) Intangiriro
    Intangiriro ni igika ukora ihangamwandiko yerekanamo muri make 
    ibigiye kuvugwaho ariko mu buryo bwo gutera amatsiko. Iki gice gitangira 
    kivuga ku nsanganyamatsiko mu buryo busanzwe kikaba gishobora no 
    gusozwa n’ikibazo.
    c) Igihimba
    Igihimba ni igice kigizwe n’ibika bigenda bisobanura ingingo ku ngingo 
    mu zo umwandiko wubakiyeho mu buryo burambuye. 
    Igitekerezo kimwe gihereza ikindi mu gika gikurikiyeho, bityobityo. 
    Uhanga umwandiko agomba kwita ku magambo ahuza ibika ku buryo 
    wumva ibitekerezo bifite uruhererekane.

    Umusozo
    Umusozo ni igika cya nyuma cy’umwandiko. Iki gice kigaragaramo 
    inshamake ku byavuzwe ndetse n’ingamba zijyanye n’uko uhanga 
    umwandiko abibona. Muri iki gice ni ho uwandika agaragazamo 
    umwanzuro ku nsanganyamatsiko n’uruhande abogamiyeho.
    1.4.3. Ibiranga umwandiko ntekerezo
    Umwandiko ntekerezo urangwa n’ibi bikurikira:
    - Kurambura ibitekerezo ku nsanganyamatsiko yatanzwe
    - Ibice bine ari byo: umutwe, intangiriro, igihimba n’umusozo.
    Ishusho y’imbata y’umwandiko

    cc

    1.4.4. Intambwe z’ingenzi zo guhimba umwandiko ntekerezo
    - Gutekereza ku nsanganyamatsiko no kuyisobanukirwa neza.
    - Gutekereza no kwandika ku ruhande ibitekerezo ku ngingo nkuru 
    uri buvugeho

    - Gutunganya ibitekerezo byatanzwe ku nsanganyamatsiko (gusoma 
    ibyo wanditse ukareba ko hari ibyo waba washyizemo bitari ngombwa 
    cyangwa se ko hari ibyo waba wibagiwe byari ngombwa.
    - Kwandukura ibyo wanditse ku rupapuro mu buryo bufite isuku wita 
    no ku mabwiriza y’imyandikire n’igenabika.

    Imyitozo
    1. Garagaza ibiranga umwandiko ntekerezo.
    2. Tandukanya umwandiko ntekerezo n’ibaruwa mbonezamubano.
    I. 5. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri nyuma y’umutwe wa mbere
    1. Andika ibaruwa mbonezamubano wubahiriza ibiyiranga ndetse 
    n’amabwiriza yemewe y’imyandikire, uyandikire umwe mu bantu 
    bo mu muryango wawe hanyuma uzayigereranye n’aya bagenzi 
    bawe mu matsinda muyajore mureba ko yubahirije ibisabwa. 
    2. a) Hanga umwandiko ntekerezo ku nsanganyamatsiko ikurikira: 
    “Uruhare rwange mu guteza imbere uburezi n’uburere”. 
    Umwandiko wawe ugomba kuba wubahirije amabwiriza 
    y’imyandikire y’Ikinyarwanda n’uturango tw’umwandiko ntekerezo. 
    b) Sesengura kandi ujore umwandiko mugenzi wawe yahanze ureba 
    niba wubahirije uturango tw’umwandiko ntekerezo kandi niba 
    wanditse wubahirije amabwiriza y’imyandikire y’Ikinyarwanda. 
    Ubu nshobora:
    - Gusobanurira abandi uko uburezi n’uburere byitabwagaho mu 
    Rwanda rwa kera n’uko bwitabwaho mu bihe bya none. 
    - Kwandika neza ururimi rw’Ikinyarwanda nubahariza amabwiriza 
    y’imyandikire yarwo.
    - Kwandika neza ibaruwa mbonezamubano nandikira inshuti 
    yange, ababyeyi cyangwa abavandimwe bange.
    - Gusesengura no guhanga umwandiko ntekerezo.
    Ubu ndangwa:
    N’indangagaciro z’umuco nyarwanda: gukunda igihugu, kugira 
    ubutwari, kugira ikinyabupfura, kubana neza na bagenzi bange, 
    kuvugisha ukuri, kutarakazwa n’ubusa…
    I. 6. Isuzuma risoza umutwe wa mbere
    soma umwandiko ukurikira usubize ibibazo byawubajijweho.
    Umwandiko: Uburere mu muryango
    Mugabo yagiye gusura nyirasenge Kantengwa utuye i Gasanze. Agezeyo 
    arasuhuza, barikiriza. Yasanze nyirasenge adahari yazindukanye 
    n’umugabo we, bagiye gusura inshuti yabo ku gasozi gahana imbibi n’ako 
    batuyeho kuko burya ngo: “Ifuni ibagara ubucuti ni akarenge.” Mugabo 
    yasanzeyo babyara be, baramuzimanira, dore ko bari baratojwe umuco 
    mwiza wo kwakira abashyitsi. 

    Mu gihe cya nimunsi, Kantengwa n’umugabo barataha basanga 
    umushyitsi yabasuye. Nyuma yo kuganiriza Mugabo umwanya muto, 
    umugabo wa Kantengwa ariheza ngo ahe rugari umwisengeneza na 
    nyirasenge baganire. Dore ikiganiro bagiranye.

    Kantengwa: Niko se mwana wa, iwanyu muraho ni amahoro?
    Mugabo: Nta kibazo gihari da! N’akavura kagenda kaboneka uko 
    bikwiye.17
    Kantengwa: None se babyara bawe bashoboye kukwitaho ntiwishwe 
    n’irungu?
    Mugabo: Banyakiranye urugwiro; barateka barangaburira. Bampaye 
    n’amazi ashyushye yo gukaraba intoki mbere yo gufungura. Mwabahaye 
    uburere bwiza pe!
    Kantengwa: Ni byo ariko da! Bagerageza kubaha abantu. Ikinyabupfura 
    twabatoje bongeraho icyo ku ishuri ugasanga ari ikintu k’ingenzi buri 
    mwana agomba guhabwa rwose.
    Mugabo: Hanyuma rero masenge, reka nkubwire ikingenza, ntaza no 
    kuva aho mba nka wa wundi wagiye gutira imfizi, agahugira kuganira 
    ibindi, hakaza kuza undi akamutanga kuyitira bityo bakayihera 
    uwayitiye mbere!
    Kantengwa: Ngaho re! Nizere ko amakuru ugiye kumbwira ari 
    ay’ubuhoro! 
    Mugabo: Humura rwose ni ubuhoro. Nashakaga ko mwazantiza 
    babyara bange bakazamperekeza mu munsi mukuru wo gutaha 
    Impamyabushobozi y’Amashuri ya Kaminuza. Tuzaba dufite imirimo 
    y’ingorabahizi, kuko ari nabwo nzerekana umugeni nakunze mu 
    muryango. Ubwo kuri mwe nta yindi ntumwa. Ibirori nk’ibyo 
    ntimwabiburamo.
    Kantengwa: Ayiii! Mbega ibyishimo! Ibirori birahuriranye ye! Uwo 
    mukobwa se ni uw’ahagana he mwana wa?

    Mugabo: Ese ugira ngo ntimushobora kuba mumwibuka; ni umukobwa 
    uvuka mu muryango w’inshuti z’iwacu utuye mu Burasirazuba. Nyamara 
    hari igihe mwahuriye iwacu yaje kudusura.
    Kantengwa: Aaa! Umenya isura ye ingarutse mu bitekerezo. Koko hari 
    inkumi nigeze gusanga yabasuye, ariko sinari guhita nkeka ikiyigenza. 
    Burya gukekakeka si n’indangagaciro y’umuco w’Abanyarwanda.
    Mugabo: Ubwo rero gahunda ni iyo. Ni ku itariki ya 5 y’ukwezi gutaha.
    Kantengwa: Ndumva nta kibazo rwose. Ubwo tuzaza twabukereye. Abo 
    wasabye na bo nta kibazo. Bazitoranyamo uzasigara ku rugo kugira ngo 
    hatagira uduca mu rihumye akaducucura.
    Mugabo: Nuko rwose ndabashimiye. Ahubwo mundebere se w’abana na 
    we musezereho.
    Kantengwa: Nta kibazo ndamugusezereraho. Twari tumaze no 
    kuvugana ko hari aho ahita yerekeza; gusa yanze kwirirwa aturogoya. 
    Ahubwo reka ndebe uri hafi muri babyara bawe tukurenze irembo. 
    Wibuke kandi kudusuhuriza abo babyeyi, uti: “Mutahe cyane!”
    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Mugabo yakiriwe ate akigera mu muryango wo kwa nyirasenge?
     Sobanura impamvu yakiriwe muri ubwo buryo. 
    2. Ni iyihe mpamvu nyamukuru y’uruzinduko rwa Mugabo kwa 
    nyirasenge?
    3. Garagaza imwe mu migenzo myiza y’umuco nyarwanda igaragara 
    muri uyu mwandiko usobanure n’abo igaragaraho.
    4. Gereranya ibivugwa muri uyu mwandiko n’ubuzima busanzwe bwa 
    buri munsi
    II. Inyunguramagambo
    1. Tanga ibisobanuro by’amagambo akurikira ukurikije uko
    yakoreshejwe mu mwandiko.
    a) Ingorabahizi 
    b) Nta yindi ntumwa
    c) Umwisengeneza 
    d) Twabukereye

    e) Uduca mu rihumye
    2. Koresha aya magambo mu nteruro wihimbiye.
    a) Indangagaciro
    b) Akaducucura 
    c) Kurenza umuntu irembo
    3. Shaka mu mwandiko imbusane z’aya magambo 
    a) Umusangwa 
    b) Akazuba 
    III. Imyandikire y’Ikinyarwanda
    1. Kosora interuro zikurikira ukurikije imyandikire yemewe 
    y’ikinyarwanda.
    a) Kuba kwisi n’ukwihangana.
    b) Ntamuntu numwe ushobora kumva ububabare bwabandi badahuje 
    ikibazo.
    c) Habaho abantu b’inyanga mugayo bakunda kwitangira imbabare.
    d) Yarangije kwiga mumwaka w’2015
    e) Yohani Kayiranga yambwiye ko Urwanda n’Uburundi ari ibihugu 
    byaboneye ubwigenge icyariwe.
    f) Mbere y’ubwigenge, igihugu cya Belgique ni kimwe mu byakoronije 
    Urwanda.
    IV. Ihangamwandiko 
    1. Andikira mugenzi wawe mwigana ibaruwa mbonezamubano 
    umubaza amakuru ye unamumenyesha igihe uteganya kumusura. 
    Ibaruwa yawe igomba kubahiriza imbata y’ibaruwa n’amabwiriza 
    y’imyandikire y’Ikinyarwanda.
    2. Hanga umwandiko ntekerezo utarengeje amagambo ijana na 
    mirongo itanu ku nsanganyamatsiko ikurikira: “Uburezi bufite
    ireme, inkingi y’iterambere”. Umwandiko wawe ugomba kuba 
    wubahirije uturango tw’umwandiko ntekerezo n’amabwiriza 

    y’imyandikire y’Ikinyarwanda








    

    UMUTWE WA KABIRI:UMUCO NYARWANDA