• UMUTWE WA 9: IMITURIRE

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

    - Gusesengura umwandiko ku byiza byo gutura mu midugudu no
    kugaragaza ingingo z’ingenzi ziwugize.
    - Gusesengura no kwandika ibaruwa mbonezamubano.
    - Gusesengura hagaragazwa uturango tw’inkuru ngufi no
    kuyihanga.

    Igikorwa cy’umwinjizo

    Mu Gihugu cyacu usanga abantu batuye mu buryo butandukaye.
    Sobanura uburyo bwose ubona abantu batuyemo maze ugire ubwo
    uhitamo wumva abantu bagombye guturamo, utange n’impamvu

    ubwo buryo ari bwo uhisemo.

    IX.1. Umwandiko: Duture heza

    Icyo gihe izuba ryaravaga, mu nzira hari umukungungu mwinshi,
    Kagabo umuhungu wa Mukamana na Kagenzi yikoreye isafuriya irimo
    amazi. Uko yagendaga byagaragazaga ko afite umunaniro mwinshi
    kandi ibitekerezo byamurenze. Kagabo akebuka inyuma ngo arebe aho
    nyina ageze abona yamusize cyane atangira kwibaza. Ese mama murinde
    cyangwa nikomereze? Reka nikomereze musige. Kuki yemereye data ko
    dutura ku musozi twenyine? Sinabonye abatuye mu mudugudu baba
    bafite amazi hafi yabo! None nge birirwa bandushya manuka imisozi
    ngiye gushaka amazi!

    Mu gihe yari akibaza byinshi umuyaga urahuha cyane uzamura
    umukungugu mwinshi umuzibiranya mu maso. Bituma asitara ku muzi
    w’igiti isafuriya y’amazi yari yikoreye, yitura hasi amazi yose aratemba.
    Nyina Mukamana wamugendaga inyuma agiye kubona abona umuvu
    w’amazi uratemba ariko arakomeza arazamuka ntiyabyitaho. Yigiye
    imbere gato akandagira ikinonko cyatohejwe n’uwo muvu aranyerera
    yitura hasi akabindi yari yikoreyemo amazi karameneka. Avana injyo
    mu kayira, arimyoza maze azamuka amara masa. Ngo yigire imbere
    gato asanga muhungu we Kagabo yicaye iruhande rw’isafuriya irimo
    ubusa, akimurabukwa arumirwa. Bamara umwanya baguye mu kantu
    ntawuvugisha undi, bigeze aho bagirana iki kiganiro:

    Kagabo: Mama byakugendekeye bite ko nta kabindi ufite?

    Mukamana: Byangendekeye nk’uko byakugendekeye. Mwana wa, iki
    kibazo cyo guhora mpangayikishijwe n’amazi kirandambiye.

    Kuva ubu ngiye kukiganiraho na so.

    Kagabo: Ni byo koko mama mwarimu wacu yatubwiye ko gutura mu
    midugudu bituma Leta ishobora kwegereza abaturage ibikorwa
    remezo binyuranye birimo n’amazi. Dore ubu tugiye kurara
    amazi, numubwira ndagufasha tumusobanurire turebe ko
    yabyumva.
    Bakomeza kugenda baganira ariko bababaye cyane. Bageze mu rugo
    basanga Kagenzi ahinguye ari mu bikingi by’irembo, ahanagura isuka
    ye. Baramusuhuza, arabikiriza maze bamubwira uko byabagendekeye.
    Mu nzu hari utuzi duke mu kajerekani baradutekesha bagiye kurya
    Mukamana yibuka ko nta munyu uhari. Bari batuye bonyine mu mpinga
    y’umusozi nta hantu bashoboraga kuwugurira hafi aho. Mukamana
    arabarurira babirira aho nta kunyu. Mu gihe baryaga na none Kagabo
    aterura iki ikiganiro.
    Kagabo: Data, umwarimu wacu yatwigishije ko gutura mu midugudu
    bigirira akamaro abahatuye none ndabibonye.
    Turaye amazi kubera ko tuvoma kure, turaye umunyu kubera ko
    amaduka bawucururizamo ari kure y’aho dutuye. Nyamara iyo abantu
    batuye begeranye ibyo byose babibona hafi.
    Kagenzi: Mwana wa, wowe sinkubujije uzaturemo ariko nge nzakomeza
    nture mu gikingi cya data na sogokuru. Ko bahaturereye
    ntitwakuze! Ikibazo cy’amazi gikururwa n’ubunebwe
    mwifitemo mushaka kwigira indakoreka! Ababyeyi bacu bari
    bazi kuvumbika umuriro nta kibiriti twakeneraga. Umunyu
    bawuguraga isoko ryaremye.

    Mukamana aramwitegereza ntiyagira icyo amusubiza arakomeza aririra.

    Yibuka uko byamugendekeye ku nda ye ya mbere maze kwihangana
    biramunanira. Araterura ati: “Ibyo umuhungu wawe akubwira ni ukuri
    ushatse wabitekerezaho tukegera abandi mu mudugudu. Wirengagije
    ko inda yange ya mbere yavuyemo kubera kubura ivuriro hafi! Sinafashwe
    nijoro tukarara tugenda ijoro ryose ikaviramo mu nzira tutaragera
    kwa muganga! Nyamara muri buri mudugudu haba hari ivuriro.
    N’aho ritari kandi haba hari umuhanda utuma abantu bagerayo mu
    buryo bwihuse. Ubu ntituraye amazi! Wanyereka umudugudu n’umwe
    utagira amazi? Ubu ntugiye kurarana uburimiro! Iyo tugiye kugura
    umunyu cyangwa ikibiriti ntitujya iyo bigwa!”

    Nyamugabo ngo yumve izo mpanuro zose agejejweho n’umuryango we

    ntiyagira icyo asubiza ariko bimukora ku mutima yibuka ikiganiro
    umuyobozi w’umurenge yaherukaga kubagezaho ku ngaruka zo kudatura
    mu midugudu abona nta ho zitaniye n’ibyababayeho. Arakomeza
    arinumira ariko bimwanga mu nda amara umwanya akibitekerezaho
    yongera kuganira na Mukamana:
    Kagenzi: Ibyo mumbwiye ni ukuri. Ndakomeza mbitekerezeho
    nzabasubiza.
    Mukamana: Ntiwabonye uburyo kwa Mutima basigaye barateye
    imbere kubera kwegera abandi mu mudugudu! Bafite umuriro
    w’amashanyarazi mu nzu, ivuriro ribari hafi, abana babo biga
    hafi, itongo ryabo ryatumye bagira umurima munini wo guhinga
    basigaye beza bagahunika.
    Kagenzi: Ni byo koko. Uzi ko mwarimu wa Kagabo yambwiye ko buri
    gihe agera ku ishuri yakererewe.
    Mukamana: Naho turamurenganya! Reba nawe umwana umanuka
    umusozi akazamuka undi agiye kwiga. Yaza akamanuka
    umusozi agasingira akabande agiye kuvoma.

    Ijoro ryose Kagenzi yaraye atekereza ku kiganiro yagiranye n’umuryango

    we, yibuka agahinda umugore yavuganaga amwibutsa uko inda
    y’umwana wabo w’imfura yavuyemo, amarira amuzenga mu maso.
    Bukeye ahamagara umugore we amubwirana ikiniga ati: “Mukama!
    Muzangaye gutinda ariko ntimuzangaye guhera! Muri iki gitondo ndajya
    kureba umuyobozi ubishinzwe ku murenge mugezeho ikifuzo cyacu. Mu
    nama iheruka yatubwiye ko mu mudugudu hakiri ibibanza bihagije.”

    Kagenzi yazindutse yitegura, ajya ku murenge. Ni we muturage wa

    mbere wahageze, bamwakira na yombi, avuga ikibazo ke. Bamushimiye
    ko yahinduye imyumvire, bidatinze bamuha ikibanza ku mudugudu.

    Yacyubatse vuba, ubu we n’umuryango we batuye mu mudugudu.

    9.1.1 Gusoma no gusobanura umwandiko
    Igikorwa

    Soma umwandiko “Duture heza” ushakemo amagambo udasobanukiwe

    hanyuma uyasobanure wifashishije inkoranyamagambo.

    Imyitozo

    1. Uzurisha izi nteruro amagambo cyangwa imvugo ukuye mu
    mwandiko.
    a) Batunguye Kamari bamusabye kwisobanura……………
    b) Wa mwana yari yarigize ………………….bamujyana mu
    kigo ngororamuco.
    c) Bagiye gushaka akazi mu mugi barakabura……………..
    d) Zimya uwo muriro imyotsi …………………………….........
    e)………………………..ajya gushaka inshuti ye ayibwira
    ibyamubayeho abivuye imuzi.
    2.Shaka impuzanyito z’amagambo akurikira yakoreshejwe mu
    mwandiko.
    a) Akebuka
    b) Umukungugu
    c) Akimurabukwa

    d) Arinumira

    9.1.2.Gusoma no kumva umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Duture heza” maze usubize ibibazo
    bikurikira:

    1. Ni ibihe byiza byo gutura mu midugudu bigaragara mu
    mwandiko?
    2. Ni gute gutura mu midugudu bishobora gutuma ubutaka bwo
    guhinga bwiyongera?
    3. Sobanura uko kudatura mu midugudu bishobora kubangamira
    ubuzima ndetse n’uburezi bw’abana.
    4. Kagenzi yemeye inama yagiriwe n’umuhungu we ndetse
    n’umugore we. Tanga interuro ebyiri zibigaragaza zivuye mu
    mwandiko.
    5. Vuga ibindi byiza byo gutura mu midugudu bitavuzwe mu
    mwandiko.

    9.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Duture heza” maze usubize ibibazo
    bikurikira:

    1. Muri rusange, ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri uyu
    mwandiko?
    2. Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa mu mwandiko.
    3. Ku bwawe wumva ari ukubera iki byorohera Leta gushyira
    ibikorwa remezo mu mudugudu?

    4. Wakora iki ubonye umuntu ugitekereza nka Kagenzi?

    IX.2 Inkuru ngufi
    Igikorwa

    Ukurikije imiterere y’umwandiko “Duture heza” urasanga uyu mwandiko
    ari bwoko ki? Urangwa n’iki? Ibarankuru riteye rite? Abakinankuru ni
    ba nde? Kora ubushakashatsi ugaragaze icyo inkuru ari cyo, inshoza
    y’inkuru ngufi, uturango twayo, imyubakire yayo n’ishushanyabikorwa
    mu nkuru ngufi.

    9.2.1 Inshoza y’inkuru ngufi
    Inkuru ni igihangano cyanditse mu buryo bw’indondore, kigufi
    cyangwa kirekire, gifite abakinankuru bashushanya cyangwa bigana
    abantu babaho mu buzima busanzwe kandi bakorera ibikorwa byabo
    ahantu runaka, bikanatugaragariza imyifarire yabo, icyo bagamije
    n’ingorane bahura na zo mu buzima. Ikivugwa rero akenshi mu nkuru
    aba atari ukuri. Inkuru ziri mu buvanganzo nyandiko. Mu Kinyarwanda
    rero habaho inkuru ngufi n’inkuru ndende. Aha turareba gusa inkuru
    ngufi.

    Muri make; inkuru ngufi nk’uko iryo zina ribivuga ni inkuru iba ari

    ngufi, ibarwa n’umubarankuru avuga uko yagenze. Inkuru ngufi
    ishobora kuvuga ibyabayeho cyangwa ikaba ari inkuru mpimbano ariko
    bishobora kubaho.

    Inkuru ngufi iba ifite inkuru ibara, uruhererekane rw’ibikorwa, ikaba
    yanditse mu nyandiko isanzwe; atari mu mikarago nk’ibisigo, kandi
    yifitemo ubwiza n’ubuhanga bw’imikoreshereze y’ururimi.

    9.2.2 Ibiranga inkuru ngufi
    Inkuru ngufi irangwa n’imiterere yayo, imyubakire yayo ndetse
    n’ishushanyabikorwa.

    9.2.2.1. Imiterere y’inkuru ngufi
    Inkuru ngufi iba ifite: abakinankuru, akabuga nkuru, imvugo
    y’ibiganiro, uburebure runaka n’ibarankuru.

    a) Abakinankuru
    Inkuru ngufi irangwa no kuba ifite umukinankuru mukuru umwe,
    abakinankuru bungirije n’abakinankuru ntagombwa.
    - Umukinankuru mukuru ni we uba ari ipfundo ry’inkuru. Ni we
    ikigamijwe cyangwa intego y’inkuru iba ishingiyeho. Uyu ni we
    insanganyamatsiko rusange ivugwa mu nkuru iba ishingiyeho.
    - Abakinankuru bungirije ni bo usanga mu nkuru bafasha
    umukinankuru mukuru kugera ku kigamijwe cyangwa
    bakamubera imbogamizi. Aba bakinankuru kandi ni na bo usanga
    insanganyamatsiko nto cyangwa zungirije zishingiyeho.
    - Abakinankuru ntagombwa baba bameze nk’indorerezi, Iyo
    urebye usanga kuba mu nkuru kwabo cyangwa kutagaragaramo
    nta cyo byahindura ku kivugwa mu nkuru. Nta nsanganyamatsiko
    iba ibashingiyeho. Mu nkuru ngufi abakinankuru bashobora kuba
    abantu cyangwa inyamaswa.

    b) Akabuga nkuru

    Inkuru ngufi irangwa no kuba hari ahantu ibera mu gihe runaka. Irangwa
    no kuba ifite aho ibarirwa; ni ukuvuga akabuga nkuru. Ahantu inkuru
    ibera hashobora kuba hazwi neza cyangwa se hatazwi. Ni ukuvuga ko
    mu nkuru ngufi umuhanzi ashobora gukoresha akabuga nkuru k’ahantu
    habayeho cyangwa akabuga nkuru gahimbano.

    c) Uburebure
    Inkuru ngufi irangwa no kuba ari ngufi. Ntishobora kurenza impapuro
    makumyabiri.
    d) Imvugo y’ibiganiro: Inkuru ngufi ishobora nanone gukoresha
    imvugo y’ibiganiro.
    e) Ibarankuru
    Ibarankuru ni kimwe mu biranga inkuru ngufi. Ibarankuru rishobora
    gukorwa ku buryo bune:

    - Umubarankuru ashobora kubara inkuru na we ubwe akinamo. Ni
    muri urwo rwego usanga akoresha ngenga ya kabiri cyangwa iya
    mbere.
    - Umubarankuru ashobora kubara inkuru ari hanze yayo. Aha usanga
    akoresha ngenga ya gatatu asa n’uvuga ibintu yareberaga iruhande
    mu gihe byabaga.
    - Umubarankuru ashobora kubara inkuru ye ubwe. Ni muri urwo
    rwego usanga akoresha ngenga ya mbere kuko ibyo avuga aba
    abivuga kuri we.
    - Ashobora kandi kubara inkuru yiha gutekerereza umukinankuru.
    Mu kubara inkuru kwe usanga yiha kubara ibyo umukinankuru
    yatekerezaga igihe amubaraho inkuru.

    Ibarankuru ry’inkuru ngufi rigenda umujyo umwe. Umuhanzi

    ntavangavanga ingingo, ibikorwa byose bikurikirana mu njyabihe yabyo.

    Ikitonderwa:

    Umubarankuru atandukanye n’umwanditsi w’inkuru. Umwanditsi
    w’inkuru ni umuhanzi wanditse inkuru ibarwa mu gitabo ke. Muri uko
    kwandika inkuru ye agena uburyo ibarwa. Muri ubwo buryo ibarwamo
    haba hari umuntu ugenda uyibara, uwo akaba ari we mubarankuru.

    Cyakora hari igihe umwanditsi ashobora kuba ari na we mubarankuru

    igihe abara inkuru y’ubuzima bwe.

    9.2.2.2. Imyubakire y’inkuru ngufi

    Inkuru ngufi irangwa no kuba hari ikivugwa, kuba ari ngufi no kuba hari
    uburyo ibikorwa bikurikirana kandi bigenda bitera amatsiko usoma ku
    buryo atarambirwa gusoma inkuru ibarwa. Nk’uko twabibonye inkuru
    ngufi irangwa no kugira abakinankuru. Abo bakinankuru, cyanecyane
    umukinankuru mukuru, ni bo ibikorwa bishingiraho mu kubaka inkuru.
    Umukinankuru mukuru n’abakinankuru bungirije bashinzwe kuyobora
    imigendekere y’ibikorwa byo mu nkuru kugeza ku mpera yayo.

    9.2.2.3. Ishushanyabikorwa mu nkuru ngufi

    Inkuru iyo ari yo yose irangwa no kuba ishobora gukorerwa
    ishushanyabikorwa:
    a) Nyiri ubwite: uyu ni we mukinankuru mukuru inkuru iba
    ishingiyeho, ni we uba ufite intego agamije kugeraho muri iyo
    nkuru. Aba ashobora kuyigeraho cyangwa ntayigereho.

    b) Ikigamijwe: ni icyo umukinankuru mukuru aba agamije
    kugeraho mu nkuru. Ni intego aba yahawe n’umwanditsi
    w’inkuru.
    c) Ugenera: ni igituma umukinankuru mukuru agira intego afite
    muri iyo nkuru. Ashobora kuba undi mukinankuru cyangwa
    ikindi kintu gishobora gutuma agira intego runaka.
    d) Ugenerwa: nu yandi magambo ni nyiri inyungu; ni uwo ari we
    wese mu nkuru wagira icyo yunguka mu gihe umukinankuru
    mukuru ageze ku cyo yari agamije mu nkuru.
    e) Abafasha: ni abakinankuru cyangwa ikindi kintu gishobora,
    mu nkuru, gutuma umukinankuru mukuru agera ku cyo yari
    agamije, cyangwa ikigerageza kumushyigikira mu rugendo
    rwe rwose kimufasha, kabone n’iyo atakigeraho mu irangira
    ry’inkuru.
    f) Imbogamizi: ni abakinankuru cyangwa ikindi kintu gishobora,
    mu nkuru, gutuma umukinankuru mukuru atagera ku cyo yari
    agamije, cyangwa ikigerageza kumubangamira mu rugendo rwe
    rwose kimubuza amahirwe kabone nubwo yagera ku cyo yari
    agamije mu irangira ry’inkuru, ariko kikaba cyamubangamiraga.

    Dore uko ishushanyabikorwa ry’abakinankuru riteye ku gishushanyo.

    Umwitozo

    Jya mu isomero ry’ikigo, usome inkuru ngufi wihitiyemo
    hanyuma uyisengure ugaragaza imiterere yayo, imyubakire yayo

    n’ishushanyabikorwa ryayo.

    IX.3 Umwandiko: Ibikorwa remezo byaratwegereye

    9.3.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
    Igikorwa

    Soma umwandiko “Ibikorwa remezo byaratwegereye” ushakemo
    amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure wifashishije
    inkoranya.


    Umwitozo

    Koresha amagambo akurikira mu nteruro zumvikanisha neza icyo
    asobanura:
    a) Masenge
    b) Amazi y’urubogobogo
    c) Umuharuro

    9.3.2. Gusoma no kumva umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko“Ibikorwa remezo byaratwegereye”, hanyuma
    usubize ibibazo bikurikira:
    1. Ni nde wanditse ibaruwa?
    2. Uwanditse ibaruwa atuye he?
    3. Yayandikiye nde?
    4. Ni ibiki uwanditse ibaruwa yishimiye yashakaga kumenyesha
    uwo yandikiye?

    9.3.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko“Ibikorwa remezo byaratwegereye”, usubize
    ibibazo bikurikira.

    1. Hari ibyiza bivugwa mu mwandiko bigaragara aho utuye? Ni
    ibihe?
    2. Sobanura imiturire y’aho utuye n’icyo wakora kugira ngo itere

    imbere.

    IX.4 Ibaruwa mbonezamubano
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Ibikorwa remezo byaratwegereye”,
    witegereze imiterere yawo maze utahure ubwoko bwawo. Kora
    ubushakashatsi utahure inshoza n’uturango by’ibaruwa mbonezamubano.

    1. Inshoza y’ibaruwa mbonezamubano
    Ibaruwa mbonezamubano bakunze kwita ibaruwa isanzwe cyangwa
    ya gicuti, ni ibaruwa umuntu yandikira umubyeyi, umuvandimwe we,
    inshuti … agamije kumubwira cyangwa kumubaza amakuru. Uwandika
    ibaruwa abwira uwo yandikira nkaho bari kumwe, ibyo yakamubwiye
    akabyandika ku rupapuro. Kuko urupapuro ruba ari ruto, umuntu
    wandika ibaruwa agomba kuvuga iby’ingenzi, nta kurondogora.

    2. Ibiranga ibaruwa mbonezamubano

    Ibaruwa mbonezamubano irangwa n’ibi bikurikira:
    a) Aderesi y’uwanditse: amazina y’uwanditse n’aho abarizwa.
    b) Ahantu yandikiwe n’itariki: uwandika agaragaza aho yanditse
    ari n’itariki
    c) Uwandikiwe: uwandika agaragaza isano afitanye n’uwo yandikiye.
    Uwandika ashobora no kongeraho amazina y’uwandikiwe.
    d) Indamutso: uburyo uwanditse asuhuza uwo yandikiye.
    e) Ubutumwa nyirizina bw’ibaruwa: bukubiyemo ibyo baganiraho
    muri rusange.
    f) Umusozo: ugaragaramo gusezera n’intashyo.
    g) Izina ry’uwanditse n’umukono we: uwanditse ibaruwa
    mbonezamubano asoza yandika amazina ye agashyiraho
    n’umukono.

    Umwitozo

    Andika ibaruwa mbonezamubano uyandikire umuntu wihitiyemo mu

    bavandimwe cyangwa inshuti.

    IX.5 Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    Hanga inkuru ngufi ku nsanganyamatsiko wihitiyemo ifite nibura
    impapuro icumi kandi yubahirije ibiranga inkuru ngufi byose. Mu gihe
    uyirangije, yikorere ishushanyabikorwa ryayo.

    Ubu nshobora:
    - Gusobanurira abandi ibyiza byo gutura mu midugudu.
    - Gusesengura no guhanga inkuru ngufi ngendeye ku
    turango twayo.
    - Gusesengura no kwandika ibaruwa mbonezamubano.

    Ubu ndangwa no:
    Gusobanurira abantu ibyiza byo gutura mu mudugu.

    IX.6.Isuzuma risoza umutwe wa kenda
    Umwandiko: Uruhare rw’imiturire mu mibereho y’abaturage

    Hari nyuma y’inama y’abaturage yo gukangurirwa akamaro ko
    gutura mu mudugudu, maze Muhire yegera Gahongayire, impuguke
    mu by’imiturire, amusobanuza kurushaho ibijyanye n’iyo gahunda
    n’imbogamizi ziboneka mu ishyirwa mu bikorwa ryayo.

    Gahongayire amubwira ko mu bihugu bimwe na bimwe usanga abaturage

    batajya imbizi n’abayobozi bitewe n’uko Leta ishyiraho igishushanyo
    mbonera k’imiturire nticyubahirizwe. Ibyo bikaba bikunda kuba mu
    migi. Aho abakiri bato bibwira ko mu migi ari ho haboneka amaronko,
    dore ko mu cyaro haba hari ubukene buturuka ku bwiyongere bukabije
    bw’abaturage butuma amasambu agabanuka mu gihe ayo masambu
    ari yo bakuramo amaramuko. Iyo bahageze, kubera ko amacumbi aba
    akosha ndetse n’ibindi bikenewe, bituma buri wese aharanira gutunga
    inzu ye. Aho yabona hose mu buryo ubwo ari bwo bwose ahubaka inzu
    ijyanye n’ubushobozi bwe. Ibyo bigakorwa atitaye ku gishushanyo
    mbonera cy’aho hantu ndetse n’amategeko y’imiturire.

    Gahongayire yakomeje avuga ko kubera ubwiyongere butajyanye

    n’amikoro y’abaturage, bituma uwubaka atanyura mu nzira zateganyijwe.
    Hari n’abarara bubaka ijoro ryose cyangwa bacungana n’abayobozi
    kuko batabibemerera. Hari n’abajyaga bubaka mu kajagari kugira ngo
    nihazashyirwa ibikorwa remezo nk’umuhanda, amashuri, amavuriro
    n’ibindi, Leta izabahe ingurane z’ibyangijwe. Ibyo ariko ntibikwiye
    Umunyarwanda w’inyangamugayo. Ibyo byaba ari ukuvangira ubuyobozi
    bushinzwe kurebera abaturage imibereho n’iterambere bikwiye.

    Iyo miturire itagendeye kuri gahunda ya Leta ni yo ibyara akajagari.

    Nyamara buri wese wubaka yitabiriye gutura ku mudugudu yaba
    yirinze ibyago byinshi bituruka ku gutura mu kajagari. Buri muntu wese
    akwiye kubigira ibye, agaharanira gutura ku mudugudu kandi ku buryo
    buboneye. Gutura mu kajagari bituma abantu badatana n’indwara,
    bakibasirwa n’ibiza bya hato na hato, kwivuza ku buryo bugoye,
    umutekano muke, hatirengagijwe ko n’iyo nzu ishobora gusenywa mu
    gihe bigaragara ko ubuzima bw’abayituyemo buri mu kaga kandi nyirayo
    ntahabwe ingurane.

    Indwara nyinshi zihiganje usanga ari iziterwa n’umwanda, indwara

    z’uruhu n’izifata imyanya y’ubuhumekero nk’igituntu, umusonga
    n’izindi. Akenshi ziterwa n’uko umuntu aba yubatse mu kajagari,
    inzu itujuje ibyangombwa, nko kuba idakoreye isuku, nta madirishya,
    idasakaye neza, rimwe na rimwe ikaba idafite ahashyirwa imyanda. Hari
    n’izindi ndwara nka marariya iterwa n’umubu wororokera cyane mu
    bizenga by’amazi. Umuntu utuye atyo, iyo yibasiwe n’indwara usanga
    kwivuza bigorana kandi bikamutwara byinshi akenshi aba atanafite
    kuko iyo urugo rufite umurwayi, umuryango ugomba kumukurikirana
    no kumwitaho.

    Gahongayire yasoje abwira Muhire ko abantu bose bagira inyungu

    nyinshi mu kwitabira gutura ku mudugudu kuko ibikorwa remezo
    bibageraho ku buryo bworoshye kandi bakajyana na gahunda zose
    z’iterambere Igihugu cyacu gishyize imbere.

    Muhire na we yamubwiye ko asobanukiwe kurushaho ibyiza byo gutura

    ku mudugudu n’akaga abatabyitabira ndetse n’abatura mu kajagari
    bashobora guhura na ko. Yamushimiye izo mpanuro nziza amuhaye,
    anamubwira ko na we agiye kuba intumwa nziza, akazakomeza
    kubisobanurira abandi bakiri inyuma mu myumvire.

    I. Kumva no gusesengura umwandiko
    1. Ni abahe banyarubuga bavugwa muri uyu mwandiko?
    2. Shaka mu mwandiko impamvu zishobora gutera abaturage kubaka
    badakurikije igishushanyo mbonera.
    3. Erekana ingaruka zishobora guterwa n’imiturire y’akajagari.
    4. Wakora iki mu ruhande rwawe kugira ngo imiturire mibi icike?
    5. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri uyu mwandiko?
    6. Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko.

    II. Inyunguramagambo
    1. Sobanura aya magambo ukurikije inyito afite mu mwandiko.
    a) Impuguke
    b) Batajya imbizi
    c) Amaronko
    d) Amaramuko
    e) Akosha
    2. Koresha mu nteruro amagambo akurikira:
    a) Ingurane
    b) Akajagari
    c) Imyumvire
    d) Kwibasirwa
    e) Intumwa

    III. Ibibazo ku nkuru ngufi no ku ibaruwa mbonezamubano

    1. Erekana ibiranga inkuru ngufi werekane n’ishushanyabikorwa
    mu nkuru ngufi.
    2. Andikira umuntu wo mu muryango wawe ibaruwa

    mbonezamubano wubahiriza uturango twayo.

    IBITABO N’INYANDIKO BYIFASHISHIJWE

    1. IKIGÔ CY’ÛBUSHAAKASHAATSI MU BY’ÛBUHAÂNGA
    N’ÎIKÔRANABÛHAÂNGA (n.d), Inkoranya y’Îkinyarwaanda
    mu Kinyarwaanda, IRST Butare, Igitabo cya 1
    2. IKIGO K’IGIHUGU GISHINZWE INTEGANYANYIGISHO
    NCDC (2008). Imyandiko mfashanyigisho, Umwaka wa gatanu
    w’amashuri yisumbuye.
    3. IKIGO K’IGIHUGU GISHINZWE INTEGANYANYIGISHO
    NCDC (2008), Imyandiko mfashanyigisho, Umwaka wa
    gatandatu w’amashuri yisumbuye.
    4. INTEKO NYARWANDA Y’URURIMI N’UMUCO (2014).
    Amabwiriza ya Minisitiri no 001/2014 yo ku wa 08/10/2014
    agenga imyandikire yemewe y’Ikinyarwanda, Kigali.
    5. NSANZABERA, J.D. (2013) Ikeshamvugo mu Kinyarwanda:
    imvugo isukuye, ikeshamvugo ry’amagambo akwiye
    n’inshoberamahanga zisobanuye. Kigali
    6. JACOB I. (1983). Dictionnaire Rwandais-Français en 3 volumes,
    Tome premier, Kigali.
    7. JACOB I. (1985). Dictionnaire Rwandais-Français en 3 volumes,
    Tome troisième, I.N.R.S, Butare.
    8. Mgr BIGIRUMWAMI, A. (1984). Imihango n’Imigenzo
    n’Imiziririzo mu Rwanda, Nyundo, Troisième édition.
    9. MINISTRY OF EDUCTION-RWANDA EDUCATION BOARD
    (2019), Ikinyarwanda, Amashuri y’isumbuye, umwaka wa 4,
    Amashami yiga Ikinyarwanda nk’isomo rusange.
    10. MINISTRY OF EDUCTION-RWANDA EDUCATION BOARD
    (2019), Ikinyarwanda, Amashuri y’isumbuye, umwaka wa 5,
    Amashami yiga ikinyarwanda nk’isomo rusange.
    11. RWANDA EDUCATION BOARD (2015) Integanyanyigisho
    y’Ikinyarwanda mu mashuri nderabarezi (TTC) umwaka 1,
    amashami ya Siyansi n’uburezi n’imbonezamubano n’uburezi.
    12. COUPEZ, A. 1980. Abrégé de Grammaire Rwanda, Tome 1,2.
    Butare : INRS.
    13. BIZIMANA, S., 1998, Imiteêrere y’Îkinyarwaanda I, IRST,
    Butare.
    14. BIZIMANA, S., 2002, Imiteêrere y’ kinyarwaanda II, IRST,
    Butare.
    15. MINISITERI Y’AMASHURI ABANZA N’AYISUMBUYE:

    Ikinyarwanda: umwaka wa munani. Gashyantare 1988.

    IMIGEREKA

    TWIYUNGURE AMAGAMBO

    Abacengeri: ni abantu b’ibikomangoma babaga berewe n’indagu
    z’ibwami bakajya mu gihugu bashaka gutera bakagenda batarwana
    ariko biyenza bakagwayo. Bizeraga ko amaraso yabo atera umwaku icyo
    gihugu bikabaha uburyo bwo kukigarurira.
    Abahigi: abantu b’abahanga mu guhiga
    Abasheshe akanguhe: abakuze
    Abatabazi: ni abantu bagenewe kujya ku rugamba. Ahandi bishobora
    kuvuga ko ari abantu batabara abandi.
    Abatasi: abantu bagenzura rwihishwa umuntu/igihugu bashaka gutera.
    Abyumva nk’ejo: abyumva mu buryo bwihuse, abyumva vuba.
    Akanunu: agakuru umuntu yumvana abandi kerekeye akarere umuntu
    cyangwa ikintu biherereyemo cyangwa inkuru iyo ari yo yose ihwihwiswa
    itaraba gikwira.
    Akimurabukwa: akimubona.
    Ako ku mugongo w’ingona: urumogi cyangwa kanabisi.
    Amakenga: ubushishozi cyangwa impungenge.
    Amaniga: ni imvugo nyandagazi isobanura bagenzi bawe, urungano.
    Amapfa: igihe imvura yabuze hagacana izuba ryinshi rikangiza ibimera.
    Amazeze: kwizera ikintu kitazaboneka.
    Amwime ikico: amwime umwanya wo gukora ikintu runaka.
    Anyihunza: agenda amva iruhande, agenda yigirayo.
    Aramutwama: amubwira nabi amubuza kuvuga.
    Aratemba: arashoka.
    Aratinya: aguma mu rugo kuko yari akiri umugeni.
    Bakamutsembera : bakamuhakanira bivuye inyuma.
    Bakanirwe urubakwiye: bahabwe igihano kingana n’uburemere
    bw’ibibi bakoze.
    Bakayihanika: bakayishyiraho igisenge bakoze.
    Bamuhwitura: bamwibutsa ari nako bamutera umwete wo gukora ibyo
    ashinzwe.
    Bamutata: bamugenzura kugira ngo bamutere cyangwa bamugirire
    nabi.
    Barahwanya: barahuza neza.
    Bararurwa: bahindurwa ibirara.
    Basakiranye: bahuye umwe atari yabonye undi.
    Bazabafate mpiri: bazabafate babatunguye/ bazabagwe gitumo.
    Bimwanga mu nda: ntiyatuza.
    Bwimbitse: busesenguye cyangwa bucukumbuye.
    Byahumanya: byakwanduza bigatera indwara.
    Guca ibintu: kwangiza ibintu cyane
    Gufora umuheto: gukurura injishi n’umuheto cyane cyane ushaka
    kurasa.
    Guhamura umuti: gushaka umuti ukoze mu byatsi.
    Gukinga ingabo: kwikinga igikoresho bakoresha bikingira amacumu
    n’imyambi mu gihe barwana
    Gukumira:guhagarika ikintu ukakibuza gukwirakwira.
    Gukusanyiriza: guhuriza hamwe
    Gupfundura amabere: gutangira gupfundura .
    Hahanda: hababaza, hagirira abantu nabi.
    Ibikorwa remezo: ibikorwa by’ibanze nk’amazi, amashanyarazi,
    amavuriro, amasoko…

    Ibiyobyabwenge: ni ibintu byose ushobora kunywa, guhumeka,kwitera
    mu mubiri cyangwa ushobora kurya bikaba byahindura imikorere
    y’umubiri wawe bikaba byawangiza kandi bigatera indwara. Mu yandi
    magambo ibiyobyabwenge, ni ibintu byose iyo byinjijwe mu mubiri
    w’umuntu hakoreshejwe uburyo butandukanye, bishobora guhindura
    imikorere y’ubwonko n’imyanya y’ibyiyumviro ntikore neza, bigatuma
    umuntu ahindura imyifatire mu buryo budahwitse.
    Icyomanzi: izina baha umuntu w’urubyiruko ugenda araraguzwa
    cyangwa wigize inzererezi kandi akaba afite imyitwarire ikemangwa.
    Iduhundagazaho: iduha ku bwinshi.
    Igicibwa: uwo bose baha akato.
    Ikinonko: ikibumbe k’igitaka cyafatanye kubera izuba.
    Ikiremo: igice cy’umwenda basanisha umwambaro wacitse
    Impuha: inkuru zitari zo.
    Impuzu: umwambaro ukozwe mu gishishwa cy’umuvumu abakera
    bambaraga.
    Imvo n’imvano: intandaro , inkomoko.
    Imyambi ndayisukiranya: imyambi nyirasa ubutitsa, ubutaruhuka.
    Ingimbi: umwana w’umuhungu uri mu kigero kiri hagati y’imyaka cumi
    n’itatu na cumi n’itandatu.
    Injyo: ikibaru kiva ku nkono cyangwa ikibindi cyamenetse.
    Inkangu: ahantu haridutse hagacika igikuku, umukingo w’ubutaka
    bwakushumuwe n’amazi.
    Insanganyamatsiko: ingingo nyamukuru iba igiye kuvugwaho.
    Intere: indembe, umuntu wanoze wenda gupfa.
    Intore: abantu bafite umuco mbese buje indangagaciro na kirazira.
    Inturo: icumbi.
    Ipfundo: ishingiro.
    Isata: umuyaga mwinshi uzamura amazi y’ikiyaga akazamuka ameze
    nk’urufuro. Abanyarwanda bo hambere bavugaga ko ari inzoka nini iba
    yaje kunywa amazi mu kiyaga nyuma ikazamukana imbaraga nyinshi.
    Mu mvugoshusho babivugira ku muntu ufite icyo arusha abandi.
    Ise: indwara ifata uruhu rukagenda rusa n’ urweruruka.
    Iyo riterwa inkingi: kure cyane.
    Ku isonga: cya mbere.
    Kubona izuba: kuvuka.
    Kuganda: kunebwa, kudeha.
    Kugondozwa: kwimwa umwanya wo gukora ikintu runaka.
    Kukeburwa: gucyahwa no kugirwa inama kugira ngo umuntu areke
    amakosa yakoraga.
    Kumasha: kurasa witoza kuboneza
    Kunganira: gufasha.
    Kunoza: gutunganya.
    Kurambika inda ku muyaga: kwiruka ubutarora inyuma, kwiruka
    cyane.
    Kuvumbika: kurundarunda umuriro cyangwa kuwushyiramo ikintu
    gitinda gukongoka ngo utazima.
    Kuzibukira: kwihinda cyangwa gukikama icyo bateye cyangwa bagira
    ngo bagukubite kigaca ku ruhande.
    Kuzimanira: guha umuntu icyo anywa n’icyo arya.
    Kwitamanzura: gukwira ahantu henshi/ kumenywa n’abantu benshi.
    Mpobagurika: nyobagurika.
    Mu gahinga:igice cy’umusozi gitumburutse.
    Mu gikombe: ahantu hari ikena hagati y’imisozi.
    Mu Mpeshyi: mu Ki/mu gihe k’izuba ryinshi.
    Murandasi : inzira cyangwa umuyoboro w’ikoranabuhanga amakuru
    anyuramo ava ku bantu bamwe ajya ku bandi.
    Mutindi: mubi, ugira nabi.
    Nta byera ngo de: nta byabaho bidafite inenge na ntoya.
    Ntibica ishati: ntibigoye na busa.
    Rirabacuza: ribatwara ibyabo.
    Riravuza ubuhuha: rikabije gutuma abantu bamererwa nabi.
    Twakondewe: twahangiwe, twateguriwe.
    Uburimiro: igitaka gifata ku maguru y’uwahinze cyangwa ku isuka
    yahingishijwe.
    Uburoko: ahantu bafungira abantu, gereza, muri kasho.
    Uharaze: ufite ari byinshi, bikuranga.
    Umuhigo: inyamaswa bishe bahiga
    Umusubizo: mu buryo bwihuta, ari nyinshi.
    Umutsindo: insinzi cyangwa ubuneshe bw’icyarwanaga n’ikindi
    Umutware: umuyobozi cyangwa ukuriye abandi mu muryango cyangwa
    mu buyobozi runaka.
    Umuviye: ijambo ryo mu mvugo nyandagazi rikomoka ku rurimi
    rw’igifaransa risobanura umuntu ukuze, umusaza.
    Umuvu: amazi ashoka ku butaka ari menshi.
    Umuzibirinya: umwuzura mu maso umubuza kureba.
    Umwangavu : umukobwa umaze gupfundura amabere.
    Uruhando mpuzamahanga: ihuriro ry’ibihugu byinshi.
    Wana: ijambo ryo mu mvugo nyandagazi rifite inyito ya shahu.
    Yandagaye: atagira umwitaho.
    Yaratanze: yarapfuye.

    IMYANDIKO Y’INYONGERA
    Mudakenesha
    Murezi wese w’indahemuka
    Urerera igihugu inyangamugayo
    Ari ko uzihundagazaho ubumenyi
    Butaborerana ntibunahinyuke
    5. Usanzwe witwa NYAMUHIRIBONA
    Mudakenesha turariguhese.
    Shimwa mwungeri utagaramba
    Ushora ahiye ntarumanze
    Uri umubyeyi ubonera abo urerera.
    10. Gumya ubavubire ubujijuke
    Utabagerurira igise cyabwo
    Unagenzura uko babuyora
    Umunezero uhore ugusaba.
    Imihigo yawe uko nayisanze
    15. Isegeka myinshi mu y’imbonera
    Uzira ubugugu ugira urugwiro
    Ashwi nta huriro n’ibishagasha.
    Mugumyabanga udahora mu rushya
    Ishyaka Rugaba yagusendereje
    20. Uhora urigabira u Rwanda rw’ejo.
    Dore urureramo ingabo z’intwaza
    Zigatabarukana imidende
    Zivuga imyato yawe itimba
    Kuko wazigabye unazigaburira.
    25. Erega n’iyo wacyuye igihe
    Imihayo yawe ntita itoto
    Inshuke navugaga zigutaka
    Ishyerezo ziza gutitiba
    Inkoni waziragije ya kibyeyi
    30. Ubwo ikakirwa na bene ibakwe.
    Imyuga uko yakabaye
    Ubukorikori bwose
    Iryo ni ijuri ryawe.
    Umuhinzi uramunyuze
    35. Umworozi arakurahira
    Umucuruzi ,umudereva
    Umuvuzi,umuganga
    Umubaji,umufundi
    Bombi n’umucuruzi
    40. Abahimbyi, abahanzi
    Weguriye iby’inganzo
    Imbumbamutekano
    Abo wananuye ingingo
    Leta abo yigombye
    45. Ishinze imirimo myinshi
    Utagisomesha ibanga
    Utajya kuryandikisha
    Kuko wamuhumuye
    Bose warabaremeye
    50. Kandi ntiwabarembye
    None ni ko gushima:
    Imyama barayiteye
    Yikirijwe umudiho
    Ibicuriro by’intore
    55. Umurishyo si ugusuma
    Umurya unoze w’inanga
    Ni wo wabatuye impanda
    Urwo rwunge rw’impundu
    Zivuzwa n’abahe bawe
    60. Igisagara cy’abeshi
    Bo mu mpugu zose
    Ngo akira iyi nganji
    Ucyuriweho umunyafu
    W’uko ushikurwa ukwawe
    65. Bitadohora umwete
    Cyangwa se ubwo buhanga
    None uhorane ibyambo.
    Inshungu mafubo tubona
    Ushubije ingobyi imugongo
    70. zihamya ko wibyaye
    Zigumane impagarike.

    Insigamugani: Akebo kajya iwa mugarura.

    Uyu mugani waturutse ku muntu witwaga Mugarura wakuranye imico
    myiza nyane, akubitiraho n’ubukire bw’imyaka n’ubw’amatungo. Abantu
    baza kumucaho inshuro, akabereka ikibo cya mugerwa w’umuhinzi,
    umuhingiye yahingura akamuha inshuro y’umuhinzi muri icyo kibo,
    hanyuma akamushyiriramo n’indi y’ubuntu. Abigenza atyo imyaka
    myinshi, n’uje kumusaba inka na we akayimuha, ndetse byarimba
    akamuheta n’indi ya kabiri. Byibera aho, bukeye inshuti ze n’abana be
    baramukuba, bamubwira ko yangiza inka ze n’imyaka ye. Bati: “Dore
    urimaraho ibintu, ubyangiza, nihacaho iminsi uzasigara umeze ute? Ejo
    uzasanga rubanda bakunnyega ntawukureba n’irihumye.” Mugarura
    akumva amagambo yabo akabihorera, ntagire icyo abasubiza; ntihagire
    uwumva ururimi rwe, biba bityo igihe kirekire.

    Bishyize kera, haza umuntu amugerageresha kumushuka, aramubwira
    ati: “Mugarura, ubuntu bwawe bwo gutanga utabaze turabwishimira,
    ariko nubwo tugushima bwose, gewe nta cyo urampa, none nje kugusaba
    inka eshanu zo kubaga.” Mugarura aramwemerera amuha inka eshanu
    arazijyana. Azigejeje iwe aho kuzibaga arazorora; zirakunda zirororoka,
    ziba amashyo atanu. Rubanda babibonye batyo, barega Mugarura
    ibwami ko yangiza ibintu dore ko ibwami uwangizaga inka ze, bavugaga
    ko amara inka z’umwami.

    Ibyo bituma umwami amugabiza rubanda baramunyaga, ariko

    inka n’ibintu bye nta muntu wabigabanye, byatwawe na rubanda
    rubyigagabanije.

    Nuko ibwami bategeka ko Mugarura atazahabwa umuriro kuko yabaye

    umupfu mu bintu by’ibwami. Mugarura amaze kunyagwa ahinduka
    umukene cyane, abura aho aba n’umugore n’abana be aragumya
    arazerera. Hanyuma atunguka ku muntu wigeze kumuhingira ava mu
    nzu ya kambere ayiha Mugarura, asigara mu nzu yo mu gikari. Mugarura
    amaze kubona inzu abamo, rubanda bamenyako yabonye icumbi, abo
    yagiriye neza batangira kujya bagenda nijoro, bamushyira ibintu.

    Ubwo kugenda nijoro batinyaga ibwami. Baramugoboka, bamuzanira

    amafunguro, bamwe mu twibo, abandi mu bitebo. Bigize aho abenshi
    mu bo yagiriye neza bajya kumuhakirwa ibwami baremera bamuha inka
    y’umuriro, rubanda barishima, noneho baza ku mugaragaro bamuzanira
    ibintu byo kumushimira ineza yabagiriye.
    Bukeye wa mugabo wazaga kumushuka ngo amuhe inka eshanu
    zo kubaga yumvise ko Mugarura yabonye umuriro arishima cyane.
    Arazinduka ajya aho Mugarura acumbitse, aramubwira ati: “Ngize
    amahirwe kuko wabonye umuriro; za nka wampaga zo kubaga uko
    ari eshanu narazoroye, zabaye amashyo atanu, none ngayo amashyo
    atatu nkwituye, nange ndasigarana abiri.” Mugarura amushimana na
    rubanda. Barakomeza bamuzanira amaturo y’inka n’imyaka; abadafite
    imyaka myinshi bakamuzanira mu twibo, yubaka imitiba n’ibigega.

    Kuva ubwo umuntu wituye uwamugiriye neza, bati: “Akebo kajya iwa

    Mugarura.”
    Insigamugani: Burya si buno!
    Uyu mugani Abanyarwanda badatuza guca, cyanecyane iyo bacyurirana;
    umuntu awuca iyo abonye urwaho rwo kwigaranzura uwari wamuzambije
    akamubuza amahwemo, cyangwa se iyo ashaka kumvisha ko umuntu
    ari “Mutima ukwe”; ni bwo avuga ngo “Burya si Buno!” Wakomotse
    kuri Burya na Buno bene Rugomwa rwa Maronko mu Gisaka (Intara
    y’Iburasirazuba ); ahagana mu mwaka wa 1400.

    Abo bahungu bombi bari impanga, bakaba bene Rugomwa rwa

    Muronko na Barakagwira ba Numugabo. Rugomwa yari umugesera
    w’umuzirankende; akaba umutware w’umutoni mu b’ingenzi kwa
    Kimenyi Musaya, umwami w’ i Gisaka. Bukeye Kimenyi atoresha
    abakobwa beza bo mu Gisaka, babazana mu rugo rwe rw’i Remera ry’i
    Mukiza (muri Komini Kigarama: Ubu ni mu Karere ka Ngoma) mu
    Gisaka i Mukiza hari nk’ibwami mu Rwanda). Bamaze kuhateranira,
    yohereza abagore bakuru ngo bahitemo abarusha abandi ubwiza, kugira
    ngo bamwe azabarongore, abandi abashyingire abahungu akunda. N’i
    Rwanda ni ko byagendaga; ni ko ibwami barambagizaga.

    Nuko abagore bajya kurobanura abakobwa; babakenyeza impu z’imikane

    babareba imbere n’inyuma, babambika ubusa barabahindagura bareba
    intantu n’ibibero. Umukobwa wa mbere aba Barakagwira ba Numugabo.
    Igihe bakibisiganira, Kimenyi aba arahageze na wa muhungu Rugomwa;
    dore ko yamukundaga cyane. Ba bagore n’abakobwa bamubonye
    abatunguye barikanga. Arabasatira arabaramutsa n’abakobwa bose.
    Ubwo abagore bari bakikije Barakagwira. Kimenyi arababaza, ati: “Ko
    nduzi mukikije uyu mukobwa mwese ni ibiki?”

    Abagore batinya kumubwira ko ari we uruta abandi mu bwiza, kugira

    ngo bagenzi be batagira ipfunwe n’ishyari. Kimenyi na we arabimenya
    aroroshya; ati: “Nimuze mbabaze”. Abajyana mu yindi ngobe; dore ko ibyo
    byagirwaga mu gikari. Bahageze babona kumutekereza ko Barakagwira
    aruta bagenzi be bandi mu bwiza. Ubwo wa muhungu Rugomwa akaba
    arimo aho. Kimenyi arashimikira; ati: “Arabaruta bose koko?” Bati:
    “Arabaruta turakakuroga!” Kimenyi akebuka Rugomwa; ati: “Muguhaye
    wanshima?” Rugomwa ati: “Nagushima mba nkuroga”. Kimenyi ati:
    “Ndamuguhaye uzamurongore”.

    Rugomwa rero arongora Barakagwira, atahirira i Mukiza kwa Kimenyi.

    Barakagwira amaze kurongorwa ntiyazuyaza, ahera ko asama. Igihe cyo
    kubyara kigeze, yibaruka abahungu b’impanga: umwe bamwita Burya,
    undi bamwita Buno. Bamaze gukambakamba, Kimenyi atesha Rugomwa
    ubutware; aramusezerera ajya kuburereramo abana be. Bamaze kuba
    ingaragu, Kimenyi abajyana iwe bareranwa n’abe.

    Bamaze kugimbuka arabashyingira, abaha inka n’imisozi.

    Baba aho, bishyize kera Rugomwa arapfa. Abahungu be basigara mu bye
    babitungana n’ibyabo. Bitinze abantu bo mu Gisaka babagirira ishyari
    barabanga; babateranya na Kimenyi. Na we atangira kubareba nabi.
    Burya na Buno babibonye bagira ubwoba baracika; bamucikira i Bujinja.
    Bamaze kugerayo bakeza umwami waho. Arabakira arabahaka. Hagati
    aho Abanyagisaka bayoberwa aho bacikiye. Birarambanya hashira
    umwaka, ariko bageze aho barabimenya. Babwira Kimenyi, bati: “Burya
    na Buno bari i Bujinja”. Kimenyi yohereza abantu bo kujya kubagarura
    kuko yabakundaga cyane. Bagezeyo barabaririza barababona;
    bararamukanya barashyikirana. Bari bamaze kuba ibikwerere. Intumwa
    zibabwira ubutumwa bwa Kimenyi bw’uko bagaruka iwabo. Bamaze
    kubyumva, Burya arabyemera, Buno araricurika ararahira; yanga
    kugaruka. Burya agarukana n’intumwa, Kimenyi amusubiza ibyabo
    byose, na we Buno yigumira iyo.

    Nuko atindaharirayo, kugeza igihe agwiriyeyo yiseguye ubutindi.

    Rubanda rero rumaze kubona uko izo mpanga zanyuranyije ibitekerezo
    byari mahwi amambere, babikurizaho imvugo yahindutse umugani baca
    bagira ngo: “Burya si Buno!” Bawuca bashaka kuvuga ko umuntu ari
    mutima ukwe; nk’uko abo bahungu babusanyije ibitekerezo kandi bari
    akara kamwe. Ku ruhande baba bashima Burya ku rundi baba bagaya
    Buno. Ariko mu mvugo, bisobanura ko ibihe biha ibindi; ni nk’aho
    umuntu yagize ati: “Birya wangiriraga burya ntishoboye, ubu noneho
    byahindutse!”

    Naho rero iyo umuntu abajije undi ati: “Mbese ni Burya na Buno!” Ubwo

    aba ashaka kumubaza ngo: “Mbese biracyari kwa kundi?” Burya si Buno
    bisobanura umuntu ni mutima ukwe cyangwa se ibihe biha ibindi; nta
    gahora gahanze. Burya na Buno = biracyari kwa kundi ntacyahindutse.

    Igitekerezo: Sakindi
    Umugabo witwa Sakindi yabaye mu rugerero cyane, akajya amara yo
    imyaka myinshi ari ibwami, kuko abakera bajyaga bajya mu rugerero
    ntibatahe n’uwasize arongoye umugore, yasiga yarasamye akazasanga
    umwana yarubatse. Kera rero ababaga mu rugerero ni uko byagendaga
    bagatinda cyane iyo yabaga atagira abazamukura, atagira abo bava inda
    imwe cyangwa bene wabo.

    Uwitwa Sakindi rero ajya mu rugerero atindayo cyane, yarasize umugore

    atwite. Bukeye abyaye, abyara umwana w’umukobwa, uwo mwana
    ararerwa arakura. Amaze kuba umwana w’umwangavu, arabaza ati:
    “Data aba he?” Baramubwira bati: “So yagiye ku rugerero ni ho aba
    ntagira umukura yibera yo”.

    Umukobwa aba aho aramutegereza araheba, bukeye atangiye

    kumera amabere, aherako yigira mu bacuzi. Abacuzi arabinginga
    bamukorogoshoreramo amabere bayamaramo maze rero amabere ye
    arasibangana, agira igituza nk’icy’abahungu. Yibera aho yiga gusimbuka,
    yiga kurasa intego, yiga gufora umuheto, yiga gutera icumu, yibera aho
    aba mu nka za se. Abyirutse rero abyiruka gihungu, ntihagire umuhungu
    umurusha gusimbuka, ntihagire umuhungu ugira icyo amurusha
    kerekeye ku mirimo y’abahungu.

    Akora ibyo atyo, bukeye ajyana n’ingemu zigemurirwa se ku rugerero.

    Atungutse ibwami, aho se acumbitse, aragenda aramubwira ati: “Ndi
    umwana wawe. Kandi kuva navuka sinigeze nkubona nawe ntabwo
    unzi. Ariko byarambabaje cyane kuko wabaye mu rugerero hano, uru
    rugerero ukarubamo utagira gikura abandi bagataha, geho nazanywe
    no kugukura, umurikire umwami unshyire mu rugerero nge mu bandi
    bahungu nge mu bandi batware, maze nkubere mu rugerero nawe utahe,
    wicare iwawe, utunge ibyawe nange nzaguhakirwa.

    Uwo mukobwa rero ni we witwaga Sakindi. Ise rero amubonye abona ko

    abonye noneho umuvunyi, aboneza ubwo aramujyana, amujyana ibwami
    aramumumurikira ati: “Dore umwana waje kunkura mu rugerero asubiye
    mu kiraro cyange asubiye mu kirenge cyange aho nari ndi, mumubane
    nta kundi nange ndatashye ndasezeye”.

    Umwami aramusezerera ati: “Nta kundi ubwo mbonye umukura se

    kandi hari ikindi?” Nuko aherako aritahira yigira iwe, yitungira inka
    ze yibera aho, umukobwa rero yibera aho na we aba mu bandi bahungu,
    baramasha arabarusha, barasimbuka arabarusha, bigenda bityo, imirimo
    y’abahungu yose arayibarusha, bagiye kurasa intego arabarusha, maze
    Sakindi aragenda aba intwari mu bandi bahungu mu rungano rungana
    na we arabarusha rwose.

    Bukeye abandi bahungu biratinda bakajya mu gitaramo, bakajya

    basohoka bakajya kunyara, na we yajya kunyara akajya kubihisha,
    akajya kure ngo batamubona. Bukeye ibya rubanda bazi kugenzura
    cyane bakomeza kumugenzura, bati: “Uriya muntu; Sakindi tubona
    aho ni umuhungu, aho ntabwo ari umukobwa?” Bukeye bavamo umwe
    aramugenzura aramubona anyara. Amwitegereje, aramureba amenya
    ko ari umukobwa neza biraboneka, amaze kubyibonera aragenda
    ahamagara umwami amushyira ukwe aramwihererana ati: “Aho uzi
    Sakindi, uzi mu rugerero, muzi mu muhigo uburyo aturusha, uzi mu
    isimbuka uburyo aturusha, ukamenya kurasa intego uburyo aturusha?”
    Ati: “Burya bwose abigira ari umukobwa”.

    Undi ati: “Urabeshya ntabwo ari umukobwa umuntu umeze kuriya

    w’umuhungu mu bandi kandi akaba ari intwari ko nta muhungu
    umurusha ibyivugo; ntihagire ugira umurimo w’abahungu amurusha
    rwose uriya ni umukobwa ahajya he?” Ati: “Mubimenye ninsanga ari
    umuhungu ndagutanga urapfa n’inka z’iwanyu zikanyagwa. Ninsanga
    ari umukobwa kandi urabizi uzi kugenzura, uraba waragenzuriye ukuri
    koko.

    Ati: “Nawe uzigenzurire nta kundi”. Barara aho, barara mu nkera buracya

    mu gitondo baramukira ku biraro byabo, umwami atumira Sakindi,
    aramwihererana iwe mu rugo, ati: “Umva rero Sakindi, ndagusaba kugira
    ngo icyo nkwibariza nawe ukimbwire kandi nuba ukizi ukimbwire koko”.
    Amwihererana iwe ikambere aramubaza ati: “Uri umuhungu cyangwa
    uri umukobwa?”

    Undi ati: “Ubimbarije iki se? Ko ntananiwe urugerero; nkaba ntananiwe

    itabaro ry’abahungu; nkaba nta kintu kerekeye imirimo y’abakobwa
    wari wabona nkora; icyo ubimbarije ni iki kuvuga ko ndi umukobwa?
    Ni uko ubona ngira ubutwari buke?” Undi ati: “Oya si ibyo nkubarije.
    Ndakubaza uko mbikubajije ndagira ngo nawe unsubize uko biri umbwire
    niba uri umuhungu mbimenye, niba uri umukobwa mbimenye”. Ati: “Ndi
    umuhungu”.

    Abikurikiranya atyo. Ati: “Umva ikimara agahinda ni uko unyambarira

    ukuri, si ukugira ngo wambare ubusa ahubwo unyambarire ukuri ndore”.

    Aramubwira biherereye, ati: “Umva rero noneho aho turi hano, yenda

    n’abandi bantu baratwumva, heza cyane twiherere nkubwire”. Araheza
    basigara mu nzu bonyine.

    Ati: “Ubu rero naravutse. Mvuka ndi umukobwa. Mvukiye mu rugo rwa

    data nsanga atarurimo. Mbajije aho data yagiye, bambwiye ko ari mu
    rugerero rw’ibwami”. Arakomeza ati: “Ndi umukobwa koko. Bakuyemo
    amabere, niga gusimbuka, niga kurasa intego, niga kujya mu muhigo
    niga imirimo y’abahungu bakora yose niga iyo, mbabajwe na data kuko
    yabaye mu rugerero, atagira umukura, ni icyo cyanzanye. Cyakora naje
    ndi umukobwa, ariko rero naje gukura data mu rugerero, nje kubikubwira
    nta wundi wari ubizi, mbikubwiriye icyo ubimbarije”.

    Nuko ati: “Ndagushimiye kuko ubinyemereye, ukaba ubimbwiye kandi

    umbwiye ukuri, ndagira ngo unyambarire ukuri noneho mbirebe nange
    mbyimenyere koko bye no kuba impuha ne no kukubaririza”. Umukobwa
    arabyemera, yambara ukuri nk’uko abimubwiye akuramo imyambaro
    asigara ahagaze gusa.

    Arabireba umwami ati: “Tora imyambaro yawe wongere ukenyere,

    arakenyera arangije gukenyera. Umwami ati: “Ntiwongere gusohoka
    guma mu nzu”. Yibera aho abigeza mu bandi abitekerereza abandi bari
    bakuru. Havamo umwe mu bakuru bari aho ati: “Uwo muntu yarababaye
    rero cyane kandi hirya hari abandi basa n’uwo nguwo, muruzi ko ibintu
    byacitse imusozi, abantu bararushye cyane, washyize abantu mu
    rugerero biratinda bamwe baherana intanga mu mibiri, n’ababyaye
    abana ntibaziranye, ikimenyetso kibikwereka ni kiriya”.

    Wa mukobwa bwije nijoro umwami aramurongora, ati: “Nzagutungira

    icyo kuko wabaye intwari kandi ukaba waragiriye so akamaro, ikigeretse
    kuri ibyo kandi uri mwiza sinanigeze nkugaya mu bandi bahungu”.
    Amurongora ubwo atumira se arabimubwira, ati: “Wamumpaye uzi ko
    ari umukobwa?” Undi ati: “Nabonye ansanga ku kiraro ntazi uwo ari we
    napfuye kuguha umwana nzi ko ari uwange gusa.”

    Abyeza atyo, aba umugore we, se baramushima cyane kuko yavuye

    mu rugerero atahasize ubusa, kandi akahasiga intwari itunganye,
    nuko umukobwa umwami aramurongora, amugira umugore. Umwami
    agabira sebukwe inka amagana kugeza igihe asaziye mu bye. Ntiyongera
    gusubira mu rugerero ukundi. Umukobwa we aratunga aratunganirwa
    ibya Sakindi birangirira aho.

    Umugani muremure: Muyaya

    Muyaya yari umuntu w’umukene, abyara umwana w’umukobwa mwiza,
    umukobwa abwira se, ati: “Ngiye kuguhakirwa”, ajya ibwami yihundura
    umuhungu. Umwami aramukunda kuko na we yari azi ubwenge.
    Umwamikazi akifuza uwo musore abona ari umuhungu, ndetse
    aramushuka. Amunaniye amurega ibinyoma umwami aramutanga.
    Mbere yo kujya kumwica ati: “Mwami nyagasani urebe niba ibyo
    umugore wawe ambeshyera nabishobora.” Yambara ubusa babona ari
    umukobwa, barumirwa. Umwamikazi baramwica. Umwami arongora
    mwene Muyaya umukobwa akira atyo.

    Habayeho umugabo Muyaya aba aho ari inkeho. Bukeye ashaka umugore

    babyarana umwana umwe w’umukobwa gusa. Muyaya akaba yari
    yarabwiye abantu bo hirya no hino, ugiye kumwuhirira inka akamuha
    indi nka, kugira ngo abone amaboko, kugira ngo abone uko atunga izo
    nka kugira ngo yihe amaboko muri bagenzi be mbese agasa n’uwigura.

    Umwuhiriye, umuragiriye, umukamiye inka adahari, akazikuramo

    inka. Bukeye uwo mwana we w’umukobwa amaze kumenya ubwenge
    aramubwira ati: “Dawe nkubwire, dore igihe wavunikiye ndi umwe,
    kandi utunze, nshakira umuheto, unshakire imyambi, ndashaka
    kwambara kigabo ngo nzage kuguhakirwa ibwami, noneho abaja
    bazampa n’abagaragu niba mpabonye ubutoni nzaguhemo abashotsi
    n’abashumba.”

    Se Muyaya ati: “Ese mwana wange ko uri umukobwa uzamenya uhakirwa

    abo bashumba ute ngo nzababone, wagumye aha nkazagushyingira ariko
    ntuge guhakwa ko utabishobora?”

    Umukobwa ati: “Nzabishobora.” Se amushakiye umuheto, umukobwa
    atwaye icumu nk’abagabo, mbese yigira nk’umuhungu rwose,
    abamubonye bose bakamwita umuhungu.

    Bukeye umukobwa ati: “Igihe kirageze, njyana ibwami nge kuguhakirwa,
    dore igihe wahereye uge wisigarira mu byawe nange mpakubere.” Ubwo
    se aherako aramujyanye, agezeyo umwami amubonye abona ari umusore
    mwiza wambaye kigabo atwaye icumu, ntiyamenya ko ari umukobwa
    amushyira mu itorero, aba umusore mwiza kandi ari inkumi. Kera
    rero ngo hari abizingishaga amabere na we yari yaragiye kwizingisha
    amabere kugira ngo azakunde akamire se.

    Arakomeza aba umusore mwiza akamenya guhamiriza umwami

    aramukunda, aba mwiza akubitiyeho n’amaraso y’ubukobwa aba umusore
    mwiza koko uteranye. Akamenya gukirana, umufashe ntamuheze.
    Akamenya kwiruka, akamenya gutwara umuheto akarasa, akamenya
    kurasa intego akamasha. Aho bari agahiga abandi, umwami akajya
    amuha inka.

    Umwami aramukunda cyane, kubera ko ari n’urwego rwe, ari umusore

    mwiza, uko umwaka ushize akamuha inka.

    Bukeye ati: “Umva rero Nyagasani!, data ni umukene ni inkeho,

    arankunda cyane kandi izi nka mumpa nta muntu agira uziragira,
    ntizigira abashotsi none ntako mwagerageza nkagira icyo ndamiraho
    data?” Umwami ati: “Yewe, ni koko, aho so atuye nzahava nzakubwira.”
    Undi ati: “iii”.

    Bukeye ajyana n’uwo musore afata abantu bose bari batuye mu kagari

    uwo se atuyeho, abaha Muyaya; bose abagabiye Muyaya. Ati “Umva
    rero Muyaya aha hategeke, ngaba abashumba, ngaba abashotsi, ngaba
    abahinzi.” Ubwo wa mukobwa aba atangiye gukiza se atyo.

    Ubwo ariko mu itorero umwamikazi akaba amureba, akamureba akumva

    amukunze akibwira ati: “Icyampa uriya musore ngo nzamubyareho
    akana k’agahungu gasa na we, ariko n’iyo namubyaraho agakobwa.”
    Umwamikazi akajya amureba kenshi na kenshi, akamuha inzoga
    y’inturire, iy’inkangaza, agira ngo abone uko amwiyegereza.

    Kubera ko mwene Muyaya yari umukobwa nta gitekerezo kindi yagiraga

    ibyo ntabyiteho ntabigirire umutima. Noneho umwamikazi akibwira ko
    ari ukubura umwanya akabona ko ari no kumutinya.

    Bukeye umwami ajya guhiga umuhigo w’umurara, ihembe rirararitse,

    abahigi bukeye barambaye, imyambi barayityaje, inkota bazikozeho bati:
    “Tuge guhiga”. Kera bavaga guhiga nk’aha bakajya guhiga nk’i Burundi
    (Nyamata – Burundi). Abantu barahagurutse baragiye, bageze ku gasozi
    ko hakurya umwami ati: “Murabizi nibagiwe amayombo y’imbwa zange;
    nihagire ufite imbaraga agende anzanire amayombo.” Bararebana
    bati: “Umusore utite imbaraga ni Mwene Muyaya, ni Muyaya rwose
    ni we ukwiye kujya kuzana amayombo, wowe ndakuzi uri rutebuka.”
    Umukobwa arirukanse, ahageze umwamikazi ati: “Si wowe nabona.”
    Ati: “Ngwino noneho ni wowe nashakaga.” Bageze mu nzu umwamikazi
    aramufata ati: “Ngwino nguhe inzoga.” Undi ati: “Nta cyo nshaka mpa
    amayombo.” Mwene Muyaya ati: “Mwamikazi, mbwira icyo ushaka.”
    Ati: “Ngwino ngusasire, nimara kugusasira uge guhiga”. Undi ati:
    “Shwi, ntabwo ari icyo nagenewe”. Umwamikazi na we ati: “Amayombo
    nta yo nguhaye.” Mwene Muyaya abona amayombo aho amanitse, aba
    yasimbutse arayiha arirukanka.

    Yarirukanse umwamikazi ati: “Cyo rero, uriya munyagwa anyumviye


    ubusa.” Yiga uburyo bwo kumwubikaho icyaha kugira ngo umwami aho
    azazira amwice. Ati: “Anyumviye ubusa kandi hari ubwo yazabibwira
    abandi.” Umwamikazi agize inkingi y’intagara y’umwami arayivunnye,
    agize inkingi y’inganona yo arayivunnye, mbese akoze ibintu byo kugira
    ngo yicishe mwene Muyaya.

    Ubwo rero umuhigo uraraye, buracya urasibiye, ku munsi wa gatatu

    umuhigo uraje noneho abagiye gusanganira bahura n’umuhigo uko
    wakaje. Umwami arababaza ati: “Ni amahoro?” Bati “Nta mahoro
    nta yo, umwamikazi ameze nabi.” Ati: “Azize iki?” Bati: “Yazize uwo
    mwene Muyaya ngo ni we wamwishe kandi ngo yashakaga ko ajya
    kumusasira noneho umwamikazi yanze, mwene Muyaya asiga aciye
    ibintu aranamuterura amukubita hasi, rwose yaciye ibintu yaragomye.”
    Umwami ati: “iii. Umuvunamuheto ko namukundaga, none nkaba ngiye
    kumwica!” Umwami rero iyo bamubwiraga umuntu wagomye, yabaga
    yamushumbije amaboko yaramwicaga. Arinjira umwamikazi amukubise
    amaso arigwandika ati: “Mwami ngo urebe uko mu nzu bimeze.”
    Aritegereje ati: “Akwiriye gupfa.”

    Yegereye mwene Muyaya ati: “Nibagufate bakujyane iwanyu, ntunshika

    ntuntoroka, usezere so, usezere nyoko, usezere n’umuryango wawe
    uze nkwice.” Undi ati: “iii.” Ntabwo yari azi icyo azira. Aragiye asanze
    nyina na se, areba abantu bamushoreye nk’imbagwa ngo adacika bati:
    “Ese ko yajyaga aza akaza arongoye inka akaza neza, bariya bantu ko
    bamushoreye”?
    Umukobwa yajya kugira icyo avuga abwira se, ikiniga kikamwica.
    Nyina aramubwira ati: “Shinga icumu turamukanye,
    Mwana wa Muyaya”.

    Umukobwa na we akamusubiza ati:

    “Abakecuru ntimubarirwa
    Mama na Muyaya,
    Genda ubwire data
    Mama na Muyaya,
    Atore indi y’ubugondo
    Mama na Muyaya,
    Ugende wikwere
    Mama na Muyaya,
    Mwene Muyaya agiye
    Kumara urw’ingoma,
    Iby’ibwami biragora
    Mama na Muyaya”.

    Bakamukurikirana, akongera akababwira atyo abura ikindi yabasubiza,

    ariko ubwo bamenya ko agiye gupfa. Bageze ibwami ku Karubanda,
    ubwo se na nyina baje babakurikiye. Umwami ati: “Umva rero nta kindi
    ubu ngiye kukwica”.

    Igihe ngo ashatse kumwicira aho imbere y’umuryango, aho bitaga ku

    gitabo, mwene Muyaya ati: “Ashwi, ntabwo ugomba kunyicira hano,
    ngwino tuge mu gikari”. Bahageze amwereka uko ateye, umwami asanga
    ari umukobwa. Umukobwa ati: “Iyo ujya kuvuga ko nagomye, najyaga
    ku buriri bwawe njya gukora iki? Uwo mugore wawe nari mukeneye ko
    ureba nange ndi umugore nka we?” Umwami araca agwa mu kantu, ati:
    “Cyo ye! Uyu muntu yari arenganye koko!”

    Umwami ati: “Fata imyambaro yawe wambare”. Umukobwa ati:

    “Ntabwo nambaye ntacyo nambara, abantu bose bambonye, ni ubusa
    nabwambaye na none iyicire”. Abantu bose bati: “Rwose ambara”.
    Nyirasenge arahendahenze ati: “Ambara mwana wange”. Undi ati: “Oya
    ntabwo nambara”. Umwami arabireba asanga umwamikazi ari we ufite
    icyaha gikomeye. Arabasohora aramwica ati: “Ni wowe wiyishe utumye
    nambika ababyeyi b’i Rwanda ubusa” Abwira mwene Muyaya ati: “Injira
    ni wowe mwamikazi”.

    Ingoma ziravuga, Mwene Muyaya ahabwa abaja n’abagaragu arakira.

    Muyaya na we akira atyo, abona abavunyi, abona abashotsi.

    Si nge wahera.

    UMUTWE 8: GUKUNDA IGIHUGU