• UMUTWE 8: GUKUNDA IGIHUGU

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

    - Gusoma no gusesengura umwandiko agaragaza ingingo z’ingenzi
    ziwukubiyemo.
    - Gusoma no kwandika amajwi y’inyabumwe mu nyandiko nyejwi
    na nyemvugo.

    Igikorwa cy’umwinjizo

    Sobanura ibikorwa ukora byerekana ko ukunda Igihugu cyawe, uvuge

    uburyo ubikora n’uburyo ubigaragaza ko ukunda Igihugu.

    VIII.1. Umwandiko: Twitabire umuganda


    Umuganda ni igikorwa gifitiye Igihugu akamaro kitabirwa n’abaturage
    bose, bagahuriza hamwe imbaraga kugira ngo bagere ku iterambere. Mu
    byo umuganda ugamije harimo guteza imbere ibikorwa by’amajyambere
    mu rwego rwo kunganira ingengo y’imari y’Igihugu no gutuma abantu
    bashobora gusabana. Uretse muri iki gihe, no mu Rwanda rwo hambere
    umuganda warakorwaga.

    Kera uwabaga agiye kubaka yasabaga abandi amaboko. Buri wese mu

    baturanyi be akamuzanira igiti cyo gushinga, kikitwa umuganda ari
    yo nkunga ihawe uwubaka. Inzu yashingwaga imiganda, bagaparata
    n’imbariro nyuma inzu bakayihanika n’imishoro. Imvugo yo gutanga
    umuganda isobanura gufasha uwubaka, ni aha byavuye. Abantu
    baba bakoreye hamwe igikorwa runaka bikitwa gutanga umuganda.
    Umuganda si ukuganda, kumenya icyo gukora muri iki gikorwa ni
    ipfundo ry’imena mu kubaka urwatubyaye.

    Muri iki gihe, Umunyarwanda wese ufite ingufu ahamagarirwa kwitabira

    ibikorwa by’umuganda. Urubyiruko rufite imyaka cumi n’umunani
    y’amavuko kandi n’umuntu wese utarengeje imyaka mirongo itandatu
    n’itanu afite inshingano zo gukora umuganda. Abanyamahanga bose na bo
    batuye ku butaka bw’u Rwanda basabwa kwitabira umuganda. Umuntu
    wese ufite impamvu imubuza kwitabira umuganda abisobanurira abo
    bireba mbere y’uko umuganda uba. Biragayitse rero kuba hari abantu
    bafata umunsi w’umuganda nk’ikiruhuko, bakirirwa mu ngo zabo
    baryamye cyangwa bakora imirimo yo mu ngo zabo aho gufatanya
    n’abandi mu kubaka Igihugu.

    Burya ngo: “Abashyize hamwe ntakibananira”. Umuganda ukorwa

    n’abaturage bagamije inyungu rusange. Nyuma y’igikorwa runaka
    cy’umuganda, abawitabiriye bakora inama bagasobanurirwa
    ibyavuyemo. Baganira kandi ku bibazo binyuranye, ibyo baboneye
    umuti bigakemukira aho, ibinaniranye bikaba byafatirwa umwanzuro
    wo kubishyikiriza inzego zibifitiye ubushobozi kurushaho.

    Umuganda ufite gahunda ihamye. Mu Rwanda ubu hari komite

    zishinzwe gutegura umuganda kuva ku rwego rw’Igihugu kugera ku
    rwego rw’umudugudu. Izo komite zifite inshingano z’ingenzi ari zo
    gukora iteganyabikorwa ry’umuganda, gutegura no kuyobora igikorwa
    cy’umuganda n’aho kizabera no gukora isuzumabikorwa ry’umuganda
    no kubitangaho raporo. Habaho umuganda rusange ukorwa buri wa
    Gatandatu wa nyuma wa buri kwezi guhera saa mbiri za mu gitondo
    ukarangira saa tanu. Isaha yo gutangiriraho ishobora guhinduka bitewe
    n’ubwumvikane bw’abakora umuganda na komite iwuyobora.

    Muri iki gihe iyo gahunda yo gukora umuganda idakunze ku wa

    Gatandatu, haba ku baturage cyangwa ku byiciro bimwe byabo kubera
    impamvu zinyuranye, komite ibishinzwe ifatanyije n’abaturage
    bagena ikindi gihe cyo kuwukora cyumvikanyweho n’abo bireba kandi
    ikabikurikirana.

    Bamwe mu baturarwanda batumva agaciro k’umuganda usanga bihina

    mu mazu, abitwa ko bafite ubushobozi ku munsi w’umuganda bakinga
    ibipangu, utubari tumwe tugakingirana abantu binywera, bakajijisha ko
    nta muntu urimo. Abatitabira umuganda bagomba gukeburwa, abafite
    ingendo bakazisubika bagateganya kuzijyamo umuganda urangiye.

    Ukunda Igihugu ahora yifuza ko cyajya mbere. Abaturage bose

    bashishikarire kwitabira umuganda kuko ibikorwa mu muganda byose
    harimo no kungurana ibitekerezo cyangwa gukemura ibibazo bya bamwe

    ari inkingi ya mwamba mu gukunda no kubaka Igihugu.

    8.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
    Igikorwa

    Soma umwandiko “Twitabire umuganda”, ushakemo amagambo
    udasobanukiwe hanyuma uyasobanure wifashishije inkoranya.


    Imyitozo

    1. Huza ijambo riri mu rushya A n’igisobanuro cyaryo kiri mu

    ruhushya B

    2. Simbuza amagambo ari mu dukubo ayo bihuje inyito ukuye mu
    mwandiko.
    a) Mu gikorwa cy’umuganda abaturage bose (bakorera hamwe) mu
    bikorwa by’amajyambere.
    b) Ibikorwa by’umuganda byunganira (amafaranga Igihugu kiba
    cyateganyije gukoresha ku mwaka) mu buryo bugaragara.

    8.1.2. Gusoma no kumva umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Twitabire umuganda” usubize ibibazo
    bikurikira:

    1. Ni nde ugomba kwitabira umuganda?
    2. Tanga inyito y’ijambo “umuganda” mu Rwanda rwo hambere.
    3. Nyuma y’umuganda hakorwa iki muri rusange?
    4. Umuganda uzwi ku rwego rw’Igihugu? Sobanura wifashishije

    ingero ukuye mu mwandiko.

    8.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Twitabire umuganda” usubize ibibazo
    bikurikira:

    1. Ni iyihe nsanganyamatsiko rusange umwandiko wubakiyeho?
    2. Usibye igikorwa cy’umuganda cyavuzwe ni ibihe bikorwa bindi
    bigaragaza gukunda Igihugu?
    3. Abagikerensa gahunda yo kwitabira umuganda wabagira iyihe
    nama?
    4. Tanga ingingo nibura eshanu zigaragaza ko gukora umuganda
    ari igikorwa cyo gukunda Igihugu.

    8.1.4. Kungurana ibitekerezo
    Igikorwa

    Mwungurane ibitekerezo ku nsanganyamatsiko ikurikira.

    Umuganda ufitiye akamaro Igihugu cyacu.

    VIII.2. Iyigamajwi
    Igikorwa

    Soma inyuguti z’Ikinyarwanda zikurikira, usesengure uburyo
    bw’imivugirwe yazo hanyuma ukore ubushakashatsi usubize ibibazo
    bizikurikira:

    A, B, C, D, E, F, G, H, I, J, K, L, M, N, O, P, R, S, T, U, V, W, Y, Z
    1. Tahura inshoza y’iyigamajwi maze usobanure icyo ijwi ari cyo
    n’ubwoko bw’amajwi aboneka mu Kinyarwanda.
    2. Ni gute bandika amajwi y’Ikinyarwanda mu nyandiko nyejwi?
    3. Tahura inshoza n’uturango by’inyandiko nyejwi.
    4. Ese inyuguti zose zivugwa kimwe kandi zikavugirwa hamwe?
    5. Tahura uko inyajwi zandikwa mu nyandiko nyejwi, uko zivugwa
    n’aho zivugirwa maze unazikorere imbonerahamwe.
    6. Tahura uko ingombajwi zandikwa mu nyandiko nyejwi, uko zivugwa n’aho zivugirwa maze unazikorere imbonerahamwe.

    Inshoza y’iyigamajwi

    Iyigamajwi ni ubuhanga bwiga amajwi yose ashoboka mu rurimi runaka
    ariko ntiyite ku mumaro w’ayo majwi. Ayo majwi ashyirwa mu matsinda
    hakurikijwe umwanya n’uburyo avugirwamo. Inyandiko ikoreshwa mu
    iyigamajwi yitwa inyandiko nyejwi. Iyigamajwi ryibanda ku bintu bitatu
    by’ingenzi:
    - Amajwi yose akoreshwa mu rurimi.
    -Imihekanire y’ayo majwi.
    -Ubutinde bw’inyajwi n’imiterere y’amasaku.

    8.2.1. Inyandiko nyejwi

    Inyandiko nyejwi ni inyandiko ya gihanga, aho usanga ikoreshwa
    n’abize bagacengera iyigamajwi ari rwo rwego rw’iyigandimi (ubuhanga
    buzobera mu gusesengura indimi) rusesengura amajwi yose aboneka mu
    rurimi urwo ari rwo rwose.

    Iyo bandika mu nyandiko nyejwi bita kuri ibi bikurikira:

    - Kwandika amagambo yose afatanye kandi nta kugabanya
    ibimenyetso.
    - Gushyira ibyandikwa byose hagati y’udusodeko [ ].
    - Kwandika amajwi yose yumvikana iyo bayavuze.
    - Kwandika bashyiraho amasaku y’integuza ndetse n’amasaku yose
    nyesi.

    8.2.2. Inshoza y’ijwi: Amajwi y’inyabumwe

    Ijwi ni urusaku ruturuka ku bintu bikomanyeho. Ariko aha amajwi
    twibandaho ni ashingirwaho mu mvugo z’abantu. Abahanga bagerageje
    uburyo bayageza ku bandi batabumva kubera ko batari kumwe cyangwa
    mu nyandiko. Kugira ngo babigereho, buri jwi barigeneye ikimenyetso
    kimwe cyangwa kirenze kimwe kirihagarariye ari cyo inyuguti. Buri
    kimenyetso muri byo kitwa inyuguti. Amajwi ni menshi cyane ariko
    bene ururimi bagiye bihitiramo ayo bakeneye kugira ngo bashyikirane
    hagati yabo. Birumvikana ko aha ngaha ari ho hantu h’ibanze indimi
    zitandukanira.

    Mu Kinyarwanda habaho ubwoko bubiri bw’amajwi: amajwi

    y’inyabumwe n’amajwi y’ibihekane. Muri uyu mutwe turibanda ku
    majwi y’inyabumwe. Amajwi y’inyabumwe y’Ikinyarwanda agabanyijemo
    ibice bitatu ari byo: inyajwi, ingombajwi n’inyerera.

    1. Inyajwi
    Inyajwi ni amajwi asohoka mu myanya ntangamajwi hatagize ikiyatega
    mu mivugirwe yayo.

    Inyajwi z’Ikinyarwanda zishyirwa mu byiciro mu buryo bune.
    Zishyirwamo dukurikije aho zivugirwa, uko zivugwa, imikorere y’iminwa

    yombi n’ubutinde n’imiterere y’amasaku.

    a) Aho zivugirwa
    Dukurikije aho zivugirwa, inyajwi tuzisangamo ibice bitatu:
    - Inyajwi z’imbere: zivugwa ururimi rwihese maze isonga yarwo
    ikishinga imbere y’ishinya y’amenyo yo hepfo, naho umugongo
    warwo ukegera urusenge rw’akanwa. Izo nyajwi ni [i] na [e].
    - Inyajwi zo hagati: zivugwa ururimi rwirambuye gato mu kanwa
    kandi inzasaya zirambuye neza maze igasohokera hagati mu kanwa.
    Mu Kinyarwanda, inyajwi yo hagati ni [a].
    - Inyajwi z’inyuma: zivugwa ururimi rwiteruye rukegera inyuma
    y’ishinya n’amenyo yo hepfo, umugongo warwo ukiheta wegera mu
    nkanka. Izo nyajwi ni: [o] na [u]
    b) Uko zivugwa

    Dukurikije uko zivugwa, dusanga inyajwi zigabanyijemo ibice bitatu:
    - Imfunge cyangwa inyajwi zo mu rwego rwa mbere: zivugwa
    akanwa kifunze buhoro.

    Izo nyajwi ni [i] na [u].

    - Impinayatu cyangwa inyajwi zo mu rwego rwa kabiri: zivugwa
    akanwa gafunguye buhoro.
    Izo nyajwi ni [o] na [e]
    - Inyatu cyangwa inyajwi yo mu rwego rwa gatatu: ivugwa
    akanwa gafunguye birambuye.
    Iyo nyajwi ni [a].
    c) Imikoreshereze y’iminwa yombi
    Dukurikije imikorere y’iminwa yombi mu mivugirwe y’inyajwi, dusanga zirimo ibice bibiri:
    - Imbumbure: zivugwa iminwa yombi yikweze ikigira inyuma kandi
    ntiyibumbe.
    Izo nyajwi ni [i, e, a].
    - Imbumbe: zivugwa iminwa yikweze ikigira imbere kandi ikirema
    nk’uruziga.
    Izo nyajwi ni [o] na [u].

    d) Ubutinde bw’inyajwi

    Abasesenguye neza ururimi rw’Ikinyarwanda bemeza ko iyo hitawe ku
    butinde bw’inyajwi mu mivugire yayo, amajwi yandikwa usanga ateye
    ku buryo bukurikira:
    - Inyajwi ibanguka yandikwa inshuro imwe.
    [i]: [iri]
    [u]: [uyu]
    [e]: [emera]
    [o]: [omora]
    [a]: [amara]
    - Inyajwi itinda yandikwa inshuro ebyiri.
    [ii]: [yiiriwe]
    [uu]: [yuurira]
    [ee]: [yeegamiye]
    [oo]: [yoomoye]
    [aa]: [waawe]
    Ikitonderwa

    Iyo dukurikije ubutinde bw’inyajwi n’imiterere y’amasaku, Ikinyarwanda
    usanga gifite inyajwi mirongo itatu. Dukurikije imiterere y’amasaku,
    inyajwi ifite isaku nyesi igaragazwa na kano kamenyetso “ ` ” naho
    inyajwi ifite isaku nyejuru ikagaragazwa na kano kamenyetso “ ´ ”
    ariko hagakoreshwa “ ^ ”. Ni yo mpamvu inyajwi zandikwa ku buryo

    bukurikira:

    - Amasaku yoroheje

    Isaku nyesi: [ì],[ù],[è],[ò],[à]: [ùmùrìrò], [àmèzè]
    Isaku nyejuru: [î],[û],[ê],[ô],[â]: [îsî], [ùmûvû]
    - Amasaku y’inyunge:

    Nyesi ndende: [ìì],[ùù],[èè],[òò],[àà]: [ùmùrììzò]
    Nyejuru ndende: [îî],[ûû],[êê],[ôô],[ââ]: [ùmûsââvê]
    Urwunge nyejuru nyesi: [îì],[ûù],[êè],[ôò],[âà]: [ìmâànà]
    Urwunge nyesi nyejuru: [ìî],[ ùû],[ èê],[ òô],[àâ]: [ùmùhìîrè]
    d) Imbonerahamwe y’imivugirwe y’inyajwi

    Iyi mbonerahamwe ikozwe hakurikijwe aho inyajwi zivugirwa, uko

    zivugwa n’ubutinde bwazo.

    2. Ingombajwi
    Ingombajwi ni amajwi yitabaza inyajwi kugira ngo avugike neza.
    Bamwe mu bahanga mu by’indimi basesenguye neza ingombajwi bagiye
    bifashisha ingingo zikurikira: imikorere y’akanwa, imikorere y’imvumba
    z’amajwi, aho zivugirwa ndetse n’uko zivugwa.

    a) Imikorere y’akanwa
    Dukurikije imikorere y’akanwa, ingombajwi zigabanyijemo amoko abiri:
    inyamazuru n’inyakanwa
    - Inyamazuru
    Iyo zivugwa umwuka uva mu bihaha uca mu kanwa nomu mazuru. Izo
    ngombajwi ni [m], [n], [ɲ], [ŋ].

    Ikitonderwa:

    Iyi nyamazuru [ŋ] iboneka gusa mu bihekane ng: [ŋg], mw: [mŋ],
    nw:[nŋw], nyw: [ŋw] cyangwa [ɲ ŋw] no muri nk [ŋk].

    - Inyakanwa
    Iyo zivugwa umwuka uva mu bihaha uca mu kanwa gusa. Ingombajwi
    z’inyakanwa ni [p], [β], [t], [d],[k], [g], [f], [v], [s], [z], [∫<], [∫], [ ʒ],

    , [r].

    b) Imikorere y’imvumba z’amajwi
    Dukurikije imyirangirire y’imvumba z’amajwi, ingombajwi zigabanyijemo
    amoko abiri: inkatuzi n’indagi.
    - Inkatuzi/indangira
    Iyo zivugwa umwuka uca mu ngoto ukanyeganyeza imvumba z’amajwi
    ku buryo imyirangirire yazo yumvikana. Ni yo mpamvu bamwe banazita
    indangira. Izo [β], [d], [g],[v], [ ʒ], [z], [r]
    - Indagi
    Iyo zivugwa umwuka ntuhita neza mu ngoto, bityo ntunyeganyeza cyane
    imvumba z’amajwi ku buryo imyirangirire yazo itumvikana bihagije. Ni
    yo mpamvu izo ngombajwi banazita intâraangîira. Ni izi zikurikira: [p],
    [t], [s], [∫<], [∫], [k], [f],

    .

    c) Uko zivugwa
    Dukurikije uko zivugwa, hari amoko atatu y’ingombajwi: impatu, inkubyi
    n’inkomeza bamwe bita intakomwa.
    - Impatu/inturike
    Iyo zivugwa babanza bafunga intangamajwi (imyanya bakoresha bavuga)
    maze umwuka ugasohoka ubanje kunigwa ku buryo ijwi risohoka risa
    n’irituritse. Ni izi zikurikira:
    Inyamazuru zose: [n], [m], [ɲ], [ŋ].
    Inyakanwa: [p], [β], [t], [d], [k], [g].
    - Inkubyi
    Iyo zivugwa begeranya intangamajwi ariko ntibayifunge, bityo umwuka
    ugasohoka utabanje kunigwa ariko ugasa n’uwikuba ku ntangamajwi.
    Ni izi: [f], [v], [s], [z], [ ʒ]
    - Inkomeza (intakomwa)
    Iyo zivugwa umwuka usohoka mu ntangamajwi utagize ikiwukoma mu
    nzira. Ni izi: [r],

    , [∫<], [∫].

    d) Aho zivugirwa
    Dukurikije aho zivugirwa, ingombajwi zigabanyijemo amoko ane:
    inyamunwa, inyesongashinya (inyamenyo), inyarusenge n’inyamaraka.
    - Inyamunwa
    Iyo zivugwa iminwa igira uruhare runini mu misohokere yazo.
    Inyamunwa zigabanyijemo amatsinda abiri:
    Inkomanyaminwa: iyo zivugwa iminwa yombi ikomanaho.
    Inkomanyaminwa ni izi zikurikira: [p], [β], [m].
    Inyamwinyo: Iyo zivugwa umunwa wo hepfo ukoma ku menyo yo
    haruguru. Ni izi zikurikira: [f], [v].
    - Inyesongashinya
    Iyo zivugwa isonga y’ururimi ikora ku menyo n’ishinya byo haruguru.Ni
    izi: [t], [d], [n], [s], [z], [r].
    - Inyarusenge
    Iyo zivugwa zisohokera mu rusenge rw’akanwa. Inyarusenge
    zigabanyijemo amatsinda atatu:
    Inyarusenge z’imbere: iyo zivugwa isonga y’ururimi ikora ku gice
    k’imbere cy’urusenge rw’akanwa, inyuma y’ishinya y’amenyo yo
    haruguru. Ni izi: [∫<], [ɲ ].
    Inyarusenge zo hagati: iyo zivugwa ururimi ruritera rukegera igice
    cyo hagati cy’urusenge rw’akanwa maze ingombajwi zikaba ari ho
    zisohokera (hejuru y’umugongo w’ururimi). Ni izi: [∫], [ʒ].
    Inyarusenge z’inyuma/Inyankanka: Iyo zivugwa ururimi
    ruriteramaze igice cyarwo k’inyuma kigakora ku gice k’inyuma
    cy’urusenge rw’akanwa(inkanka). Ni izi: [k], [g].
    - Inyamaraka
    Iyo ivugwa isohokera mumaraka: ntivugirwa mu kanwa ahubwo isa
    n’isohokera mu mvumba z’amajwi rwagati. Inyamaraka ni imwe:

    .

    Imbonerahamwe y’imivugirwe y’ingombajwi

    3.Inyerera
    Inyerera ni amajwi usanga imivugirwe yayo iri hagati y’iy’inyajwi
    z’imfunge n’iy’inyajwi zitwa inkubyi. Inyerera ni ebyiri: [y] na [w]
    a) Aho zivugirwa
    Dukurikije aho zivugirwa usanga ziteye ku buryo bukurikira:
    - Tuzifashe nk’aho ari inyajwi:

    [y]: ivugirwa imbere nka [i] bityo ikitwa inyerera y’imbere.
    [w]: ivugirwa inyuma nka [u] bityo ikitwa inyerera y’inyuma.
    - Tuzifashe nk’aho ari ingombajwi:
    [y]: ivugirwa mu rusenge rw’akanwa bityo ikitwa inyerera
    y’inyarusenge.
    [w]: ivugirwa mu nkanka bityo ikitwa inyerera y’inyankanka.

    Ikitonderwa

    Aho zivugirwa honyine harahagije kugira ngo umuntu ashobore
    gutandukanya inyerera. Inyerera [y] ishobora kwandikwa [j] dukurikije
    itonde nyamajwi mpuzamahanga cyangwa ikandikishwa [y] dukurikije
    itonde nyamajwi nyafurika.

    8.2.3 Inyandiko nyejwi n’inyandiko isazwe
    a) Inyandiko isanzwe

    Inyandiko isanzwe ni inyandiko umuntu ubonetse wese wigishijwe itonde
    ry’inyuguti z’Ikinyarwanda n’imyandikire y’Ikinyarwanda ashobora
    gushyikiranamo n’undi akoresheje inyandiko, nta majwi yandi avanze

    uretse ayo abenerurimi bumvikanyeho.

    b) Inyandiko nyejwi:

    Inyandiko nyejwi ni inyandiko ya gihanga, aho usanga ikoreshwa n’abize
    bagacengera iyigamajwi ari rwo rwego rw’iyigandimi (buhanga buzobera
    mu gusesengura indimi) rusesengura amajwi yose aboneka mu rurimi
    urwo ari rwo rwose.

    Ikitonderwa:

    Inyandiko nyejwi y’ingombajwi zikurikira igomba kwitonderwa: [p], [t],
    [k], [g], iyo zivugwa wumva zihekanye n’ingombajwi y’inkomeza

    .

    Kubera iyo mpamvu inyandiko nyejwi yazo igomba kuba iteye itya: [ph],
    [th]. [kh], [gh].

    Ingero:
    itabi= [ìthàâβì], ipera= [ìphèêrà].
    - [k]: Iyo ikurikiwe n’inyajwi [a] wumva buri gihe ihekanye n’inkomeza

    .Kubera iyo mpamvu inyandiko nyejwi yayo igomba kuba iteye

    itya: [kh].
    Ingero:
    ikara= [îkhârà], ikama = [îkhâmà].
    - [k], [g]: Iyo zikurikiwe n’inyajwi [i] na [e] wumva buri gihe zihekanye
    n’inyerera [y] ([j]). Inyandiko nyejwi yazo igomba kuba iteye itya:
    [ky], [gy].
    Ingero:
    ikigega= [ìkyìgyègà], kera= [kyèêrà].
    - [k], [g],

    : Iyo zikurikiwe n’inyajwi [u] na [o] wumva buri gihe

    zihekanye n’inyerera [w]. Inyandiko nyejwi yazo igomba kuba iteye
    itya: [kw], [gw], [hw].
    Ingero:
    kogosha =[kwôògwò∫à], kugura =[kwùgwùrà]
    c) Imbonerahamwe y’ingombajwi n’inyerera mu nyadiko

    isanzwe n’inyandiko nyejwi.

    Ikitonderwa

    - Biragaragara ko hari ijwi c ritagaragara muri iyi mbonerahamwe.
    Iri jwi rifatwa nk’ijwi ry’igihekane ryandikwa mu majwi abiri, bityo
    rikandikwa ritya: [t∫].
    Ingero: umucaca= [ùmùt∫àât∫à], umucucu= [ùmùt∫ùùt∫ù].
    - Ijwi [b] rikoreshwa mu bihekane gusa naho ahandi hagakoreshwa [β].
    Ingero
    Ibaba: [ìβâβâ]

    Imbeba: [ìmbèβà]Umwitozo

    1. Inyajwi ni iki?
    2. Tandukanya inyuguti n’ijwi.
    3. Dukurikije umwanya zivugirwaho n’uburyo zivugwa, inyajwi
    zikurikira zitandukaniye he? [ì],[ù],[è],[ò],[à].
    4. Dukurikije ubutinde bw’inyajwi n’imiterere y’amasaku,
    Ikinyarwanda usanga gifite inyajwi zingahe?
    5. Kora imbonerahamwe igaragaza uburyo bw’imivugirwe n’aho
    ingombajwi z’Ikinyarwanda zivugirwa.
    6. Andika aya magambo mu nyandiko nyejwi:
    a) Ibidukikije
    b) Umushyo
    c) Ubudehe
    d) Inyanya
    e) Ishati
    7. Ingombajwi [k] na [g] zihuriye ku ki? Zitaniye ku ki?
    8. Gereranya Itonde Nyamajwi Nyafurika n’Itonde Nyamajwi

    Mpuzamahanga.

    VIII.3 Iyigamvugo
    Igikorwa

    Soma amagambo ari mu mbonerahamwe ikurikira yanditswe mu
    mpushya ebyiri hanyuma witegereze amajwi yanditse mu ibara
    ritsindagiye ukore ubushakashatsi ku mumaro wayo maze utahure
    inshoza y’iyigamvugo, iy’inyandiko nyemvugo n’aho inyandiko nyemvugo itandukaniye n’inyandiko nyejwi.

    Inshoza y’iyigamvugo

    Iyigamvugo ni urwego rw’iyigandimi rusesengura imitandukanire
    y’amajwi. Iyo mitandukanire ishingiye ku bufasha bwayo bwo
    gutandukanya amagambo y’ururimi, ubwo bufasha ayo majwi afite
    butuma yitwa “amajwi shingiro”. Inyandiko ikoreshwa mu iyigamvugo
    yitwa inyandiko nyemvugo.

    8.3.1 Inyandiko nyemvugo

    Inyandiko nyemvugo ni inyandiko ifata amajwi yose y’ururimi
    ikayagabanya igamije kugera ku majwi make afite umumaro wo
    gutandukanya amagambo muri urwo rurimi. Bene ayo majwi aboneka
    yitwa “amajwi shingiro”. Iryo gabanya ry’amajwi y’ururimi bakaryita
    igeruramajwi. Muri iryo geruramajwi, mu gushaka gutahura ko ijwi
    runaka rifite umumaro mu rurimi barisimbuza irindi jwi mu ijambo
    rimwe bagoragoza. Iyo iryo simburana ry’amajwi ribyaye ingingo nshya
    ayo majwi yombi ni yo yitwa amajwi shingiro. Ni ukuvuga ko ariya
    majwi atsindagiye mu magambo yagaragajwe mu mbonerahamwe iri
    haruguru ari amajwi shingiro mu Kinyarwanda.

    Urwego rw’iyigamvugo rero rwita ku gushaka amategeko yakurikizwa

    mu kugabanya ibimenyetso byandika ibihekane mu rwego rw’iyigamajwi
    (mu nyandiko nyejwi) kandi ibimenyetso bisigaye bikaba byihagije ku
    buryo nta kwitiranya amagambo no kujijinganya ku gisobanuro cyayo.
    Ni yo mpamvu iyigamvugo ryitwa iyigamajwi nyamumaro kuko

    rigabanya ibimenyetso rigasigaza iby’ingenzi.

    8.3.2 Uko bandika mu nyandiko nyemvugo

    Iyo bandika mu nyandiko nyemvugo hari ibikurikizwa:
    a) Mu nyandiko nyemvugo bandika bagabanya ibimenyetso kandi
    ibyanditswe bigashyirwa hagati y’udukoni tubiri tuberamye / /.
    b) Mu nyandiko nyemvugo amasaku nyesi n’ay’integuza
    ntiyandikwa.
    c) Mu nyandiko nyemvugo inyerera [j] na [w] ziragerurwa kuri
    [k] na [g] iyo zashyizwe mu rusenge rw’imbere n’urw’inyuma.
    Ni ukuvuga ko iyo [k] na [g] zikurikiwe na [i] na [e] ni ho ziba
    zashyizwe mu rusenge rw’imbere. Naho zigashyirwa mu rusenge
    rw’inyuma iyo zikurikiwe na [u] na [o].

    Urugero:

    8.3.3 Gutandukanya inyandiko nyejwi n’inyandiko nyemvugo

    Imyitozo

    1. Garagaza itandukaniro riri hagati y’inyandiko nyemvugo
    n’inyandiko isanzwe.
    2. Andika amagambo akurikira mu nyandiko nyejwi no mu
    nyandiko nyemvugo.
    a) Umugati
    b) Abana
    c) Inyama
    d) Ishuri
    e) Ubushyuhe
    3.Ukoresheje ingero erekana ko /i/ na /a/, / t/ na /k/ ari amajwi
    shingiro.

    VIII.4 Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    1. Hanga umwandiko usobanura mu buryo burambuye aho umugani
    Wima amaraso Igihugu imbwa zikayanywera ubusa” uhuriye
    no gukunda Igihugu.
    2. Tahura mu mwandiko wahanze amagambo atanu afite amajwi
    y’inyabumwe gusa maze uyandike mu nyandiko nyejwi no mu
    nyandiko nyemvugo.

    Ubu nshobora:
    - Gusesengura imyandiko itandukanye ivuga ku
    nsanganyamatsiko yo gukunda Igihugu.
    - Gusobanura uko ibikorwa byo gukunda Igihugu ari
    ingirakamaro mu iterambere.
    - Kwandika mu nyandiko nyejwi no mu nyandiko nyemvugo

    amagambo arimo amajwi y’inyabumwe.

    Ubu ndangwa no:
    Kwitabira no gushishikariza abandi ibikorwa byo gukunda Igihugu

    cyange mparanira kugiteza imbere.

    VIII.5 Isuzuma risoza umutwe wa munani
    Umwandiko: Ubufatanye bwaduteje imbere
    Mu minsi ishize, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge
    wa Bwiza yasuye abaturage b’Akagari ka Rebero ngo arebe aho bageze
    bashyira mu bikorwa gahunda za Leta zirimo umuganda n’ubudehe. Hari
    mu gikorwa cy’umuganda, yifatanya na bo mu guhanga umuhanda uhuza
    imidugudu ibiri yo muri ako kagari.

    Ageze muri uwo muganda, yasanze abaturage barakataje mu bikorwa byo

    kwiteza imbere. Yiboneye uburyo ibikorwa by’umuganda babigize ibyabo
    bikaba bimaze gushinga imizi no kubageza ku bukungu n’imibereho myiza.
    Imihanda y’imigenderano yakwiriye mu midugudu yose. Abaturage bagize
    uruhare rufatika mu guhanga imihanda ibafasha kugenderana no kugeza
    umusaruro wabo ku masoko nta nkomyi. Bacukuye kandi ibirometero
    by’imiyoboro y’ibitembo bibagezaho amazi meza n’imiringoti yo kurwanya
    isuri. Yasanze barateye n’amashyamba kandi bayafata neza. Bubatse
    ibyumba bihagije by’amashuri y’uburezi bw’ibanze n’ibindi.

    Umuganda urangiye, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge

    wa Bwiza yakoranye inama n’abaturage. Yatangiye abashimira ibyo
    bamaze kugeraho yiboneye imbona nkubone. Yababwiye ko yanejejwe
    cyane no kubona uruyange rw’ibishyimbo bya mushingiriro, ibirayi
    by’imishishe bihinze mu mirima migari kubera gahunda yo guhuza
    ubutaka. Yanashimye kandi ibikorwa by’amakoperative y’ubworozi
    bw’inka za kijyambere n’andi matungo ndetse n’ubuhinzi bw’imboga
    n’imbuto zinyuranye, nk’amashu, karoti, inanasi, amapapayi n’izindi.

    Mu kiganiro ke n’abaturage b’Akagari ka Rebero, Umunyamabanga

    Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwiza, yagarutse ku gikorwa
    cy’ubudehe, nka kimwe mu bikorwa bigaragaza gukunda Igihugu.
    Yatangiye agira ati: “Nk’uko bizwi, ubudehe ni gahunda idashingiye ku
    nkunga yo hanze. Ni imwe muri gahunda za Leta y’u Rwanda igamije
    kurwanya ubukene bishingiye ku ihame ry’ibikorwa umuturage afitemo
    uruhare. Ndabashimira rero ko nasanze iyo gahunda imaze kubageza ku
    ntambwe ishimishije, kuko benshi muri mwe yabakuye mu bukene ku
    buryo bugaragara.”

    Abaturage bamugaragarije ko iyi gahunda yo gufashanya mu gukemura

    ibibazo yahozeho no mu mateka y’u Rwanda. Mu muco nyarwanda, na
    kera na kare, nk’iyo abaturanyi babonaga hari bamwe muri bo bagiye
    kurara ihinga, bajyaga umugambi, uyu munsi bagahingira naka,
    ejo bakajya kwa runaka, bagahetura ubuhinge. Bityo ntihagire uba
    nyakamwe ngo yimarize, igihe kirinde kimurengana agikukuza wenyine.
    Haba n’igihe yabengeraga bakaza kumuhingira ubudehe maze ubuhinge
    bagatamanzura bityo ntarare ihinga akazereza rimwe n’abandi.

    Baganira ku by’ubudehe muri iki gihe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa
    yashimishimijwe n’uko abaturage bo mu Kagari ka Rebero basobanukiwe
    neza ko ubudehe ari gahunda ya Leta igamije kuzamurira abaturage
    icyarimwe mu nzego zose z’imibereho ntawusigaye inyuma. Abaturage
    bahurira hamwe mu nama maze buri wese agahabwa umwanya wo
    gutanga ibitekerezo ku ngamba zo guteza imbere umudugudu wabo. Ibi
    kandi bikorwa mu bwubahane ntawurogoya undi cyangwa ngo hagire
    uniganwa ijambo.

    Bakomeje bavuga ko iyo bamaze gutahura ibikenewe, babitondeka

    bakurikije uburemere bwabyo cyangwa se ibyihutirwa kurusha ibindi,
    bakabisesengura maze bakabifataho umwanzuro. Iyo bigaragaye ko
    hari abaturage bakennye kurusha abandi barabemeza, bakabaheraho
    babagenera inkunga ibafasha kwivana mu bukene. Ku bindi bibazo
    bibugarije muri rusange, na byo babitondeka bahereye ku biremereye
    cyangwa se byihutirwa kurusha ibindi maze bakagena uburyo bagomba
    kubikemura. Ibi bituma abaturage bose bashobora kwiteza imbere
    ntawusigaye inyuma.

    Nyuma yo kuganira n’abaturage b’Akagari ka Rebero, Umunyamabanga

    Nshingwabikorwa yakoranye inama n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa
    b’utugari n’Abakuru b’imidugudu bigize Umurenge wa Bwiza. Bari
    bateguye ko inama igomba kubera mu cyumba k’inama cy’Akagari ka
    Rebero. Amaze kureba ko umubare wa ngombwa uhari, Umunyamabanga
    Nshingwabikorwa yifurije ikaze abitabiriye inama maze atangiza inama
    abagezaho ingingo bari buganireho. Umunyamabanga Nshingwabikorwa
    w’Akagari ka Rebero yayibereye umwanditsi kugira ngo azakore inyandiko
    mvugo. Ingingo zose zari ku murongo w’ibyigwa zaganiriweho kandi
    bagenda bafata umwanzuro kuri buri ngingo. Buri wese wasabye ijambo
    yararihawe. Uwashakaga gutana baramukeburaga bakamugarura mu
    murongo mu bwubahane. Ntawafataga ijambo atarihawe cyangwa ngo
    hagire urogoya undi cyangwa se ngo yiharire umwanya w’ijambo.

    Ingingo zose bamaze kuzihetura no kuzifataho imyanzuro, umuyobozi

    w’inama yayishoje yongera gushimira abaturage b’Umurenge wa Bwiza
    muri rusange n’ab’Akagari ka Rebero by’umwihariko, anashishikariza
    Abanyamabanga Nshingwabikorwa gukangurira abaturage bayobora
    gukomeza kwitabira gahunda y’umuganda n’ubudehe. Yashoje inama
    agira ati: “Gahunda y’umuganda n’ubudehe bifite uruhare runini mu
    guteza imbere Umunyarwanda. Ni ngombwa gukomeza kwitabira izo
    gahunda nta kuzuyaza, nta kwiganda, kujandajanda cyangwa kwirozonga
    kuko ari twe bifitiye akamaro.

    Uru Rwanda ni urwacu twurwubake nta we dusiganya kuko “Ak’imuhana

    kaza imvura ihise.”

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Tanga ingero ukuye mu mwandiko zerekana ko Abanyarwanda
    bakora ibikorwa bigaragaza gukunda Igihugu.
    2. Ni iki umuganda wamariye abaturage bo mu Kagari ka Rebero.
    3. Sobanura mu nshamake uburyo igikorwa cy’ubudehe cyakorwaga
    kera.
    4. Erekana indangagaciro enye zigaragara mu mwandiko.
    5. Ni iyihe nsanganyamatsiko rusange umwandiko wubakiyeho?
    6. Sobanura uburyo ibikorwa by’umuganda n’ubudehe bishobora
    kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
    7. Tanga ingingo z’ingenzi n’iz‘ingereka zigaragara mu mwandiko
    wasomye.

    II. Inyunguramagambo
    1. Huza ijambo riri mu rushya A n’igisobanuro cyaryo kiri mu

    ruhushya B

    2. Simbuza amagambo y’umukara cyane ayo bihuje inyito ukuye
    mu mwandiko.

    a) Aho nanyuze hose nasanze ibishyimbo ari ururabo.
    b) Ingano zo muri Rebero ziratoshye kubera ifumbire.
    c) Abayobozi bishimiye ko abaturage bakomeje gutera imbere mu
    kwihaza mu biribwa.
    d) Ibikorwa byo gukorera hamwe mu mudugudu wacu byaduteje
    imbere.

    III. Ibibazo ku nyandiko nyejwi no ku nyandiko nyemvugo
    1. Wifashishije ingero, tandukanya inyandiko nyejwi n’inyandiko
    nyemvugo.
    2. Garagarisha imbonerahamwe uko inyajwi zivugwa n’aho
    zivugirwa.
    3. Garagaza ibiranga ingombajwi zikurikira mu mivugirwe yazo:
    [z], [β], [f],

    ,[k].

    4. Wifashishije ingero, erekana ko amajwi /e/na/o/, /s/na/r/ ari
    amajwi shingiro.
    5. Wifashishije ingero ebyiri, erekana ukuntu amasaku ari amajwi

    shingiro.

    UMUTWE WA 7: INGARUKA Z’IBIYOBYABWENGEUMUTWE WA 9: IMITURIRE