• UMUTWE WA 6: ITUMANAHO N’IKORANABUHANGA MU ITERAMBERE

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

    - Gusesengura umwandiko agaragaza ingingo z’ingenzi
    ziwukubiyemo.
    - Gutahura no gukoresha neza mu nteruro amagambo adahinduka.

    Igikorwa cy’umwinjizo

    Wifashishije ingingo zumvikana garagaza uko ikoranabuhanga

    ryihutisha iterambere mu Gihugu cyacu.

    VI.1. Umwandiko: Ikoranabuhanga ryaragikemuye.

    Ikoranabuhanga rigaragarira mu nzego nyinshi z’imirimo. Rikoreshwa
    mu kunoza no kwihutisha ubushakashatsi, itumanaho, imitunganyirize
    y’imirimo itandukanye bityo bikihutisha iterambere uko bwije n’uko
    bukeye.

    Abasheshe akanguhe kimwe n’abandi badutanze kubona izuba, bavuga
    ko Abanyarwanda bo hambere bari bafite ubumenyi bwo kwirwanaho
    ngo babone ibyo bakeneye nk’umuriro, ibikoresho binyuranye, kwivura
    indwara n’ibindi. Si ibyo gusa, bashoboraga no gutumanaho bakoresheje
    uburyo bunyuranye burimo gutuma intumwa, umurishyo w’ingoma
    cyangwa ihembe kuko za murandasi, iradiyo, terefone, ibaruwa n’ibindi
    nk’ibyo bitabagaho.

    Vuba aha, aho abazungu badukaniye ibibiriti, imyenda ikorerwa mu
    nganda, itumanaho rikoresha ibyuma bikoranye ubuhanga buhanitse,
    ibikoresho n’imiti byo mu mahanga, Abanyarwanda ntibakita ku
    bumenyi bari basanganywe. Ntibongeye gutekereza kwihamurira
    umuti w’ishyamba cyangwa ngo birwaneho bakoresheje uburyo
    gakondo. Ntibongeye guhugira mu bya kera ahubwo batangiye kujyana
    n’iterambere rifitiye Igihugu akamaro, bibafasha gutera intambwe

    bivana mu bukene.

    Mu gihe tugezemo ndetse n’ikizaza, usanga ikoranabuhanga ari ingenzi
    mu mirimo inyuranye. Haba za mudasobwa, haba za radiyo na tereviziyo,
    haba ibinyamakuru n’ibindi bitangazamakuru, biruzuzanya mu gufasha
    abantu b’ingeri zose mu kunoza imirimo, mu gusakaza amakuru
    anyuranye yerekeye ubukungu, poritiki, iterambere n’ibindi.

    Abantu b’ingeri zinyuranye bifashisha ikoranabuhanga n’itumanaho
    mu kwihutisha no kunoza imirimo yabo. Urugero nko mu buyobozi, mu
    burezi, mu buvuzi, mu bwikorezi no mu mirimo inyuranye y’ubukorikori.
    Imirimo ikorwa neza kandi mu gihe gito bityo bikihutisha iterambere mu
    Gihugu. Igihugu kidakoresha ikoranabuhanga n’itumanaho ntigishobora
    gutera imbere kuko abagituye batamenya ibikorerwa ahandi cyangwa
    ngo bashobore kumenyekanisha ibyo bakora n’ibyiza bigitatse mu
    ruhando mpuzamahanga.

    Abarimu bararurashe wa mugani w’Abanyarwanda.
    Kuri bo, ikoranabuhanga rituma babasha gukora ubushakashatsi
    bwimbitse ku bijyanye n’amasomo agomba kwigishwa, rikanabafasha
    guhanahana amakuru hagati yabo. Abarimu kandi baryifashisha bagira
    ngo bamenye ibigezweho bikenerwa mu mashuri. Ikoranabuhanga
    rinabafasha kwigisha abanyeshuri benshi mu buryo buboroheye mu
    gihe gito kandi batari kumwe. Ibyo bishoboka nko mu gihe abanyeshuri
    bigishwa hakoreshejwe mudasobwa.

    Ku banyeshuri, ikoranabuhanga ribafasha gukora ubushakashatsi
    bwimbitse ku nsanganyamatsiko zitandukanye. Ibyo bibafasha guteza
    imbere imyigire yabo. Ikorabuhanga kandi ribafasha gukoresha igihe
    cyabo neza, nko mu gihe barikoresheje bashakisha kuri murandasi
    ibisubizo by’imikoro bahawe, kureba amanota bagize mu bizami
    binyuranye n’ ibindi.

    Nyamara burya ngo: “Nta byera ngo de”! Hari abashobora gukoresha
    nabi ikoranabuhanga mu bitabafitiye umumaro nko kureba za
    firimiz’urukozasoni, cyangwa se izindi zibashora mu ngeso mbi nko
    kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi. Bene abo bantu bararurwa nabyo
    ndetse bagatakaza igihe cyabo. Hari kandi n’abaryifashisha biba cyangwa
    se bashaka kuriganya utw’abandi. Ni byiza rero kugira amakenga mu
    mikoreshereze y’ikoranabuhanga kuko iyo ridakoreshejwe neza ridindiza
    iterambere.

    Muri make, ikoranabuhanga n’itumanaho ni ingenzi mu iterambere kuko
    rizamura ubukungu bw’Igihugu cyacu kandi rikanafasha mu kubahiriza
    igihe no gucunga umutungo. Iyo bikoreshejwe neza bifasha kwihutisha

    iterambere aho guhera mu bya kera.

    6.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko.
    Igikorwa

    Soma umwandiko “Ikoranabuhanga ryaragikemuye.”, ushakemo
    amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure wifashishije
    inkoranyamagambo.

    Umwitozo

    1. Simbuza amagambo atsindagiye impuzanyito zayo
    zakoreshejwe mu mwandiko kandi wubahirize isanisha
    rikwiye.
    a) Abazungu bavuye ahandi bazanye ikoranabuhanga mu
    Rwanda, imikorere y’Abanyarwandairahinduka.

    b) Ikoranabuhanga rihindura byinshi uko iminsi ihita indi
    igataha.
    c) Abasaza baba bazi ibintu byinshi.
    d) Abantu b’ibyiciro binyuranye bakoresha ikoranabuhanga.
    2. Shaka muri iki kinyatuzu mu merekezo yacyo yose amagambo ikenda
    afitanye isano n’ikoranabuhanga n’itumanaho yakoreshejwe mu

    mwandiko “Ikoranabuhanga ryaragikemuye” hanyuma uyandukure.

    6.1.2. Gusoma no kumva umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Ikoranabuhanga ryaragikemuye”, usubize ibibazo byawubajijweho.
    1. Iterambere ritaraza Abanyarwanda bakoreshaga ubuhe buryo?
    2. Abarimu n’abanyeshuri bakoresha bate ikoranabuhanga?
    3. Ukurikije ibivugwa mu mwandiko, sobanura uko ikoranabuhanga
    rishobora kwihutisha iterambere.
    4. Garagaza igihombo igihugu kigira iyo kidafite ikoranabuhanga.
    5. Ni akahe kamaro k’ikoranabuhanga kavugwa mu mwandiko?
    6. Kubera iki tuvuga ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu iterambere?

    6.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Ikoranabuhanga ryaragikemuye!”, usubize ibibazo bikurikira.
    1. Sobanura insanganyamatsiko yibanzweho muri uyu mwandiko.
    2. Garagaza ingingo z’ingenzi zikubiye muri uyu mwandiko.
    3. Huza ibyo umaze gusoma n’ibyo uhura na byo mu buzima bwawe
    bwa buri munsi, uvuge n’isomo nyamukuru bigusigiye.
    4. Wagira iyihe nama abanyeshuri n’abantu muri rusange bakoresha
    imbuga nkoranyambaga n’ikoranabuhanga ryo kuri murandasi?

    6.1.4. Kungurana ibitekerezo
    Igikorwa

    Soma igika gikurikira hanyuma wungurane ibitekerezo na bagenzi bawe.
    1. Itangazamakuru ubusanzwe rifatwa nk’inkingi ikomeye
    mu kwihutisha iterambere. Nyamara hari n’abavuga ko iyo
    rikoreshejwe nabi risenya aho kubaka. Garagaza ikoranabuhanga
    rikoreshwa mu itangazamakuru,uvuge akamaro rifite mu
    gushimangira iterambere ryihuse ry’Igihugu, unerekane
    ingaruka zabaho riramutse rikoreshejwe nabi.
    2. Mwungurane ibitekerezo ku ngaruka ibikoresho by’itumanaho
    n’ikoranabuhanga bitujuje ubuziranenge byateza ku muryango

    mugari n’Isi muri rusange.

    VI.2. Ubwoko bw’amagambo: Amagambo adahinduka
    Igikorwa

    Soma umwandiko ukurikira, witegereze amagambo yanditse atsindagiye,
    usobanure imiterere yayo. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, kora
    ubushakashatsi utahure inshoza y’amagambo adahinduka, ubwoko
    bwayo, inshoza za buri bwoko kandi utange n’ingero kuri buri bwoko.

    Umwandiko: Bwenge na Kanyana

    Bwenge: Ese Kanya, ejo nibwo ya nama y’ishuri izaba cyangwa yimuriwe ejobundi?

    Kanyana: Reka da! Inama yakozwe kera. Cyokora none habaye ihuriro
    ry’abanyeshuri bajya impaka ku ikoranabuhanga. Kugira ngo tumenye
    ibyavugiwemo tuzabigenza dute?

    Bwenge: Yego se ma! Urabona ubu ko twe tujenjetse! Asyi! Buhorobuhoro
    tuzasobanukirwa!

    Kanyana: Wowe uzabimenya utinze. Iyo ubonye akanya mbona
    witendetse kumuhanda wirebera imodoka zigenda burabyo ngo :«Pyo!»
    Waba unyotewe ukirohamo amacupa ngo: «Guruguru!», ngo hari n’igihe
    baguhata inshyi ngo: «Pya!» ibiceri wasaguye bikabarara kuri sima ngo:
    «Parararara!» abandi bakitoragurira! Ubwenge buri he?

    Bwenge:Dore re! Mbese burya ukurikirana ibyange? Yebabaweee! Reka
    nkwiyibukirize, mu kanya dufite ibazwa ku ikoranabuhanga! Henga
    twegere ishuri.

    Kanyana: Wirondogora, ngwino twinjire ahubwo!

    6.2.1. Inshoza y’amagambo adahinduka
    Amagambo adahinduka ni amagambo adashobora gushakirwa
    uturemajambo cyangwa ngo agoragozwe.

    6.2.2. Ubwoko bw’amagambo adahinduka
    Ubwoko bw’amagambo adahinduka ni bwinshi. Muri bwo twavuga:
    umugereka (ingera), icyungo, akamamo, inyigana, indangahantu,
    irangamutima, ikegeranshinga...

    6.2.2.1. Umugereka (Ingera)
    Umugereka ni ijambo (urujyano rw’amagambo) ubusanzwe
    ridasesengurwa. Risobanura izina, ntera, inshinga, ikinyanshinga
    cyangwa undi mugereka. Rivuga uburyo, ahantu, igihe cyangwa inshuro.

    Mu Kinyarwanda dusangamo amoko ane y’imigereka.

    a. Umugereka w’uburyo
    Ingero:

    Utunze amashyo menshi cyane nagutega amatwi.
    Mutoni agenda buhoro.
    Mutambuke bucece mudakanga abanyeshuri bari mu kizamini.
    Mwige neza.
    b. Umugereka w’igihe

    Ingero:
    Wakwize none ugifite umwanya uhagije!
    Abaziga ejo bazitwaze impamba.
    Muzubaka ingo zanyu ryari?
    Nimugoroba nimutaha munyure kwa Kanyana.
    c. Umugereka w’ahantu

    Ingero:
    Shyira ejuru mbone uko nikorera.
    Umunyuze epfo atayoba.
    Umugume hambavu atagucika.
    Muge muvuga ibintu mutabica iruhande.
    d. Umugereka w’inshuro

    Ingero:

    Musibye gatatu kose mutaboneka mu ishuri.
    Yasuye kenshi Inzu Ndangamurage y’u Rwanda.

    Ikitonderwa:
    Umugereka ushobora kugenga isanisha.

    Ingero
    Yararwaye agera kure kubi.
    Kera kabaye araza.
    Mutegure ejo hazaza.
    Buhorobuhoro bugeza umuhovu ku ruzi.

    - Hari abakeka ko imigereka imwe yagoragozwa igihe bitegereje
    impinduka igira. Ntabwo bishoboka; ahubwo iyo migereka yindi iba
    yakomotse ku yindi y’umwimerere.

    Ingero
    Ruguru→haruguru
    Hasi→munsi
    Mbere→hambere
    Nyuma→hanyuma, inyuma
    Epfo→hepfo
    Irya→hirya, hakurya

    6.2.2.2. Inyigana
    Inyigana ni ijambo riremerwa ku myumvikanire y’urusaku rw’ibintu
    bimwe na bimwe ndetse n’urw’abantu. Rishobora kuremerwa kandi ku
    migaragarire y’ikintu. Akenshi inyigana iterurwa n’amagambo aremeye
    ku gicumbi –ti cyangwa igaterurwa n’icyungo «ngo» mu mikoreshereze
    yayo isanzwe.
    a. Inyigana zishingiye ku rusaku
    Ingero:

    - Inka iti: «Mbaaa
    - Ikibwana bakubise kiti: «Bwe
    - Intama iti: «Maaa
    - Ihene iti: «Meee
    - Injangwe iti: «Nyawuuu
    - Imbeba iti: «Jwiii
    - Ibuye no mu mazi ngo: «Dumburi
    - Amazi no mu gacuma ngo: «Dudududu
    - Amashyi ngo: « Kacikacikaci!»
    - Inkono ivuga ku mashyiga ngo: «Togotogo!»

    - Gahire bamukubise urushyi rurivugiza ngo: «Pya!»

    b. Inyigana zishingiye ku migaragarire
    Ingero

    -- Umurabyo ngo: «Pya
    -- Cacana ati: «Pya
    -- Umujura amuca mu myanya y’intoki ngo: «Pyo

    6.2.2.3. Icyungo
    Icyungo ni ijambo (cyangwa urujyano rw’amagambo) ridasesengurwa.
    Rihuza andi magambo abiri cyangwa inyangingo ebyiri.

    a. Imiterere y’icyungo

    Icyungo gishobora kugira imiterere itandukanye. Icyungo gishobora
    kuba ari:
    - Ijambo risanzwe : na, nka, cyangwa, erega, ngo…
    - Inyumane : yuko, kuko,
    - Urujyano rw’amagambo : kugira ngo, icyo bikora (cyakoze,
    cyokora, cyokoze, icyokoze, na icyakora), kubera ko, n’iyo…

    b. Ubwoko bw’ibyungo

    Ibyungo biri ukubiri, hari ibyungo ngombwa n’ibyungo ntagombwa.
    Ibyungo ngombwa: ni ibiva mu nteruro igahindura ingingo cyangwa
    ikayitakaza.

    Ingero:
    - Agenda nk’Abagesera ⧧ Agenda Abagesera.
    - Barashaka ko muvuga ⧧ Barashaka muvuga.
    - N’ikizamini naragitsinze nkanswe umukoro ⧧ N’ikizamini
    naragitsinze umukoro.

    - Urayura boshye ushonje

    Ibyungo ntagombwa: ni ibyungo biva mu nteruro ntibihindure ingingo.
    Ingero:
    - Ariga ariko ntatsinda. → Ariga ntatsinda.
    - Turahaguruka maze turiga. → Turahaguruka turiga.

    - Bagerayo nuko bararyama. → Bagerayo bararyama.

    6.2.2.4. Indangahantu
    Indangahantu ni ijambo ribanziriza irindi rivuga aho umuntu cyangwa
    ikintu biherereye cyangwa ahabera ikintu iki n’iki. Urwo rujyano rubera
    inshinga ruhamwa cyangwa icyuzuzo nziguro.

    Indangahantu ziboneka mu nteko eshatu: Inteko ya 17: ku, inteko ya
    18: mu, inteko ya 19: i. Indangahantu “ku” na “mu”, iyo zikurikiwe
    n’izina ridafite indomo cyangwa n’ibinyazina bimwe na bimwe
    (ikinyazina ngenga, ikinyazina nyereka, ikinyazina nyamubaro) zigira
    impindurantego «muri» na «kuri».
    Ingero
    - Uzamurege kuri nyirasenge.
    - Ya modoka igeze kuri Buranga.
    - Impeshyi itangira muri Kamena.
    - Ni muremure kuri we.
    - Umwe muri twe arasigara.
    - Ntimuzagende muri ya ndege.
    - Uzamuhishire kuri wa mutobe.
    - Uyu mwitozo urakorerwa muri abiri (amakayi).
    - Bafashe umwe muri barindwi babategeka kwishyura ibyibwe.

    6.2.2.5. Ikegeranshinga
    Ikegeranshinga ni ijambo muri rusange ridahinduka. Rigira inshoza yo
    gutegeka. Ibyegeranshinga bikunda kugaragara ni ibi: cyo, cyono, dore,
    gira, enda, have, hinga/henga, hoshi, mbiswa, mpano na ngo.

    Ingero

    - Dore ibyiza by’ikoranabuhanga!
    - Ishi, ishi hama hamwe ngukame!
    - Cyono ngwino nkwihoreze shenge!
    - Mpano winjyanira ibintu utanyishyuye!
    - Ngo tugende twabatindije.

    6.2.2.6. Akamamo

    Akamamo ni ijambo ridasesengurwa. Rigirwa n’umugemo umwe.
    Rigaragira irindi rikariha inyito itangara cyangwa itsindagiriza.
    Rishobora no guherekeza ikegeranshinga cyangwa irangamutima.

    Akamamo kagira inyito yo:

    - Gutangara:
    Ingero: Aragarutse da! Mbisa nige ma! Ngo azagaruka ra! Aravunikawe!
    - Kwakura:
    Ingero: Bigarure ye! Ntiwumva ye!
    - Gutsindagiriza:
    Ingero : Mukubite se! Bikore ga! Andika ye!
    Ikitonderwa
    - Akamamo “da” gakunda kubwirwa umuntu w’igitsina gabo naho
    akamamo “ma” gakunda kubwirwa umuntu w’igitsina gore.
    - Akamamo kajyanye n’ikegeranshinga kagira inyito yo gutangara.
    Ingero : Mbiswa da! Dore re!
    - Akamamo kajyanye n’irangamutima na ko kagira inyito yo
    gutangara.
    Ingero:Ayi we! Ayi nya!

    6.2.2.7. Irangamutima
    Irangamutima ni ijambo ridasesengurwa; rigaragaza uko umuntu
    amerewe mu mutima; yaba yishimye cyangwa ababaye; yaba ashima
    cyangwa agaya. Amarangamutima agira inyito zitandukanye.

    Ingero

    Umwitozo

    1. Itegereze interuro zikurikira utahure amagambo adahinduka
    arimo, uvuge ubwoko bwayo.
    a) Dore da! Wibagiwe ko dukoresha mudasobwa!
    b) Yavuye kwa muganga buhorobuhoro agera mu rugo.
    c) Ikoranabuhanga rihambaye rikomoka i Bwotamasimbi.
    d) Yooo! Wananutse bigeze aho? Ihangane.

    2.Vuga ubwoko bw’amagambo atsindagiye mu nteruro zikurikira.
    a) Ayinya! Waketse ko ntazi gukoresha mudasobwa.
    b) Ahaa! Nzaba ntegereje umwanzuro uzafatirwa mu nama.

    c) Reka da! Sinzaboneka ku munsi w’umuganda.

    VI.3.Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    Hanga umwandiko ugaragaza ibibi n’ibyiza by’ikoranabuhanga,
    ukoreshemo amagambo adahinduka anyuranye uyagaragaze.
    Umwandiko wawe nturenze amagambo ijana na mirongo itanu.

    Ubu nshobora:

    - Gusobanurira abandi uko ikoranabuhanga n’itumanaho
    byihutisha iterambere.
    - Gutahura, gukoresha neza mu nteruro amagambo adahinduka.

    Ubu ndangwa:
    No gukoresha ikoranabuhanga n’itumanaho kugira ngo mbashe

    gukataza mu iterambere.

    VI.3. Isuzuma risoza umutwe wa gatandatu
    soma umwandiko ukurikira usubize ibibazo byawubajijweho.

    Umwandiko: Yarazikabije!

    Mu nzozi ze, Uwineza yahoraga atekereza kuzavamo umuntu ukomeye
    cyane. Agitangira ishuri ry’inshuke yihatiye kwita ku burere n’inyigisho
    yahabwaga n’abarezi be. Azamukana umwete udasanzwe mu masomo ye
    ku ishuri, yagera no mu rugo ababyeyi be bakabimufashamo.

    Akiri mu mashuri abanza, uyu mwana w’umukobwa yajyaga abona
    indege zihita mu kirere k’iwabo akabwira ababyeyi be ko yifuza ko
    bagura indege. Ababyeyi be bakamusubiza ko indege ihenda cyane ku
    buryo kuyisukira bitaba iby’ubonetse wese. Cyokora Uwineza akababaza
    impamvu batagana banki ibegereye ngo bayiguze ayo mafaranga menshi
    maze bihahire iyo nyamibwa.

    Mu gutekereza ku ndege, Uwineza yifuzaga kuyitunga ariko
    akanasobanukirwa imiterere n’imikorere yayo. Buri gihe yahoranaga
    amatsiko y’ibikoresho by’ikoranabuhanga yabonaga mu rugo iwabo, mu
    baturanyi babo ndetse no ku ishuri. Igihe babaga bagiye kwiga isomo
    ryerekeye ikoranabuhanga agatega amatwi ibisobanuro byose bahabwa
    n’umwarimu wabo, akanabaza ibibazo byinshi rwose! Uko yagendaga
    azamuka mu myigire ye ni ko yarushagaho gusobanukirwa ko ya ndege
    yahoraga arota ifite imikorere ishingiye ku ikoranabuhanga kandi ko
    abayigendamo baba bakomeza kugenzura umurongo w’itumanaho hagati
    yabo n’abo basize aho baturutse tutibagiwe n’abari aho iyo ndege igana.
    Kubera umwete yakurikiranaga amasomo ye, byatumaga agira amanota
    y’indashyikirwa. Iwabo bamuguriye mudasobwa akajya ayifashisha
    mu kongera ubumenyi n’ubushobozi mu ikoranabuhanga n’itumanaho

    byunganira ibyo yigira mu ishuri.

    Ntibyatinze ikizamini cya Leta kiraza maze si ukugitsinda
    arakihanangiriza. Ahabwa ishami ririmo ikoranabuhanga n’itumanaho.
    Icyo kiciro yakiganye umwete n’ikinyabupfura bidasanzwe rwose
    nuko na cyo akinywa nk’unywa amazi, maze akirangizanya amanota
    y’agahebuzo yo ku rwego rwo hejuru. Ahabwa umwanya muri kaminuza
    y’ikoranabuhanga n’itumanaho maze si ukubicukumbura abiva imuzingo.
    Ibi byamuhesheje amahirwe yo gukomerezaho kwiga ishuri ry’ibijyanye
    no gutwara indege.

    Uko agenda arushaho kubiminuza, mu mashuri yo mu Rwanda n’ayo
    hanze, yageze ku rwego rwo gutwara ndetse no gukanika indege.

    Uwo mwuga yawukoranye ubushake n’ubwitange, bituma abantu
    benshi bafite imirimo ikoreshwa ikoranabuhanga n’itumanaho
    bamuhundagazaho ibyo abakorera. Ikinyabupfura ke kandi
    cyamuhesheje gukora ubukwe bwiza, arushingana n’umusore bahuje
    imico bamenyaniye muri iyo mirimo y’ikoranabuhanga n’itumanaho.
    Ibi byabahesheje amafaranga menshi ku buryo bageze no ku rwego
    rwo kwigurira indege zikora umurimo wo gutwara abantu mu
    rwego mpuzamahanga. Mu bwubahane bushingiye ku buringanire
    n’ubwuzuzanye ubu we n’umuryango we baratengamaye babikesha
    ikoranabuhanga n’itumanaho.

    I. Kumva no gusesengura umwandiko

    1. Rondora abanyarubuga bagaragara mu mwandiko.
    2. Gereranya ibivugwa muri uyu mwandiko n’umutwe wawo
    werekana isano bifitanye.
    3. Wifashishije umwandiko sobanura uko Uwineza yagaragaje
    ubutwari.
    4. Erekana insanganyamatsiko ikubiye muri uyu mwandiko
    unayigereranye n’uko bimeze mu Gihugu cyacu muri iki gihe.
    5. Garagaza ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko.

    6. Ni iki washima Uwineza?

    II. Inyunguramagambo
    1. Sobanura aya magambo ukurikije inyito afite mu mwandiko.

    a) Kuyisukira
    b) Inyamibwa
    c) Arakihanangiriza
    d) Abiva imuzingo
    e) Baratengamaye
    2. Ubaka interuro iboneye ukoresheje buri jambo muri aya
    akurikira:

    a) Nk’unywa amazi
    b) Agahebuzo
    c) Kumuhundagazaho
    d) Kubicukumbura
    e) Indashyikirwa

    III.Ikibonezamvugo
    1. Vuga ubwoko bw’amagambo atsindagiye ari mu nteruro zikurikira:
    a) Umva ra! Ikoranabuhanga ryakemuye ibibazo byinshi cyane.
    b) Yewe ga! Rya jyori ryo kwa Ndakazaryiga ikoranabuhanga!
    c) Yewe da! Ukunze ikoranabuhanga nta we bitashimisha.
    d) Niko se ma! Ugira ngo urugo rwabo ntirwubatswe n’Imana!
    2. Uzurisha cyono, buhorobuhoro, i, ororororooo! mu nteruro
    zikurikira:
    a) …………. ngwino dushyigikirane
    b) Atera hejuru ataka ngo: «…………. »
    c) …………. twese tuzahuguka mu by’ikoranabuhanga.

    d) ……….. Burayi bateye imbere mu ikoranabuhanga.

    UMUTWE WA 5: KUBUNGABUNGA UBUZIMAUMUTWE WA 7: INGARUKA Z’IBIYOBYABWENGE