• UMUTWE WA 5: KUBUNGABUNGA UBUZIMA

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

    - Gusoma no gusesengura umwandiko agaragaza ingingo z’ingenzi
    ziwukubiyemo.
    - Gusesengura ibinyazina mbanziriza, ndafutura, bibaza,

    nyamubaro, mboneranteko na mpamagazi.

    Igikorwa cy’umwinjizo

    Murondore indwara zose muzi ziterwa n’isuku nke kandi muvuge

    igitera buri ndwara n’icyakorwa kugira ngo yirindwe.

    V.1. Umwandiko: Kwirinda biruta kwivuza



    Ku wa Gatandatu wa nyuma wa buri kwezi uba ari umunsi w’umuganda
    mu Gihugu hose. Ku wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Nyakanga,
    abaturage bo mu Mudugudu wa Munanira bazindukiye mu muganda
    nk’uko bisanzwe, basibura imiyoboro y’amazi iri mu mudugudu wabo.
    Umuganda urangiye umuyobozi w’umudugudu abasaba kwicara hamwe
    ngo umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu kagari kabo abagezeho
    ikiganiro yari yabateguriye.

    Bakimara kwicara, ushinzwe imibereho myiza yarahagurutse abaturage

    bose bamwakira nk’intore bishimye. Yatangiye agira ati: “Baturage
    mutuye mu Mudugudu wa Munanira, nongeye kubasuhuza, nimugire
    amahoro! Niba nibuka neza maze kubasura inshuro eshatu cyangwa
    enye muri iki gikorwa cy’umuganda tukaganira ku nsanganyamatsiko
    zinyuranye. N’uyu munsi rero nyuma y’iki gikorwa cy’umuganda
    cyari cyaduteranirije hano, ndagira ngo mbamenyeshe ko nateguye
    kubaganiriza ku nsanganyamatsiko igira iti: “Dusobanukirwe zimwe
    mu ndwara ziterwa n’umwanda, dufatanye kuzirwanya. Nkaba nifuza
    ko ntakwiharira ijambo ahubwo ko twakungurana ibitekerezo kuri izo
    ndwara ndetse n’ingamba twafata ngo tuzikumire mu mudugudu wacu.”

    Nyuma yo kuvuga insanganyamatsiko y’ikiganiro yateganyije n’uburyo

    kiri bukorwemo, yakomeje abaza abaturage umwe ku wundi icyo indwara
    ziterwa n’umwanda ari cyo. Abaturage bamwe bavuze ko ari indwara
    ziterwa no kurya ibiribwa bihumanye, abandi bavuga ko ari indwara
    ziterwa n’isuku nke ndetse hari n’abavuze ko ari indwara ziterwa no
    kurya ibiribwa cyangwa gukoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge.
    Yabashimiye ibitekerezo byiza batanze ababwira ko ikindi yongeraho ari
    uko indwara ziterwa n’umwanda zituruka ku kurya ibiribwa cyangwa
    kunywa ibinyobwa bidafite isuku. Zishobora kandi guterwa no kutagira
    isuku y’umubiri, iy’aho dutekera, ay’aho turara, iy’imyambaro n’ibindi.

    Yakomeje avuga ko mu ndwara ziterwa n’umwanda harimo impiswi,
    macinya, inzoka zo mu nda zinyuranye n’izindi. Aha yatanze urugero
    avuga ko iyo tutagiriye isuku ibiribwa turya n’amazi tunywa cyangwa
    iyo tudakaraba intoki mbere kurya cyangwa tuvuye mu bwiherero
    bitwanduza zimwe mu ndwara ziterwa n’umwanda. Hari kandi
    indwara ziterwa n’umwanda ziterwa no kutagirira isuku umubiri wacu
    cyangwa imyambaro. Kutagirira isuku umubiri wacu bishobora kuba
    imvo n’imvano y’indwara ziterwa n’umwanda zinyuranye. Urugero nko
    kudasukura mu kanwa bishobora gutera indwara zinyuranye z’amenyo,
    kudasukura imyanya ndangagitsina bishobora kuba intandaro y’indwara
    zimwe na zimwe zifata muri iyo myanya nk’inzoka ya tirikomunasi,
    ubwandu bw’imyanya ndangagitsina... Kudakaraba buri munsi,
    kutambara imyenda imeshe, kutaryama mu bintu bisukuye bishobora
    gutera indwara nk’ubuheri n’ise. Isuku y’aho tuba na yo ni ingenzi. Aho
    tuba, aho turara tutahagiriye isuku buri munsi bishobora gutera inda ku
    mubiri cyangwa bigakurura imbaragasa zitera amavunja.

    Indwara ziterwa n’umwanda zigira ingaruka nyinshi haba ku muntu
    ndetse no ku gihugu muri rusange. Ziravurwa zigakira ariko ibyiza ni
    ukuzirinda aka wa mugani ugira uti: “Kwirinda biruta kwivuza.” Aha
    yakomeje agira ati: “Mushobora kumbaza muti: ‘Ni izihe ngamba twafata
    kugira ngo tuzirwanye?’ Ni uruhe ruhare rwacu mu kuzikumira? Ni
    ubuhe buryo twakoresha ngo tuzikumire?” Yakomeje agira ati: “Mwa
    baturage mwe ‘amagara arasesekara ntayorwa’. Uburyo bworoshye
    bwo gukumira indwara ziterwa n’isuku nke ni ukugirira isuku ibiribwa
    n’ibinyobwa. Urugero mbere yo guteka ibiribwa, tugomba kubisukura
    kandi tukanywa amazi atetse yabitswe mu kintu cyogeje. Ikindi kandi
    tugomba kurya ibiribwa bifite ubuziranengendetse tukanywa amazi
    afite ubuziranenge. Tugomba na none gukoresha ibikoresho bisukuye,
    tukagirira isuku umubiri wacu n’aho tuba. Ibyo nitubikora buri munsi
    tuzaba dukumiriye indwara ziterwa n’umwanda bitume duhorana
    ubuzima buzira umuze.”

    Mu gusoza, umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu mudugudu,
    yavuze ko indwara ziterwa n’umwanda zitera imfu z’abantu. Abasaba
    gusenyera umugozi umwe ngo bazirwanye bivuye inyuma ntihabemo ba
    ntibindeba. Abasaba kandi ko uwo zagaragayeho yajya yihutira kujya
    kwa muganga kugira ngo ukurikiranwe amazi atararenga inkombe
    kuko gutinda byatuma yanduza benshi. Yashimiye abaturage bo mu
    Mudugudu wa Munanira abasaba guharanira kubungabunga ubuzima
    bwabo bahashya icyo ari cyo cyose cyaba intandaro y’indwara ziterwa

    n’umwanda.

    5.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    Igikorwa

    Soma umwandiko “Kwirinda biruta kwivuza”, ushakemo amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure wifashishije inkoranyamagambo.

    Umwitozo

    1. Mu ruhushya A harimo amagambo/urwunge rw’amagambo, mu
    ruhushya B harimo ibisobanuro. Ushingiye ku mwandiko “Kwirinda

    biruta kwivuza” hitamo igisobanuro kiri cyo

    2. Tanga impuzanyito z’amagambo akurikira yakuwe mu
    mwandiko:
    a) Ukwezi kwa Nyakanga
    b) Imyambaro
    c) Bihumanye
    d) Imvo n’imvano
    5.1.2. Gusoma no kumva umwandiko
    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Kwirinda biruta kwivuza” usubize ibibazo
    byawubajijweho.

    1. Ikiganiro abaturage bo mu Mudugudu wa Munanira bagejejweho
    n’umukozi ushinzwe imibereho myiza cyari gifite iyihe
    nsanganyamatsiko?
    2. Ni izihe ndwara ziterwa n’umwanda zavuzwe mu mwandiko?
    3. Ni iki cyakorwa ngo hakumirwe indwara ziterwa n’umwanda?
    4. Ni iyihe migani migufi igaragara mu mwandiko? Iyo migani
    iganisha ku yihe nsanganyamatsiko?
    5. Twandura dute indwara ziterwa n’umwanda?
    6. Ushingiye ku bivugwa mu mwandiko, ni gute twakwirinda indwara
    ziterwa n’umwanda?
    5.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Kwirinda biruta kwivuza” usubize ibibazo
    bikurikira

    1. Garagaza ingingo z’ ingenzi ziri mu mwandiko?
    2. Huza ibivugwa mu mwandiko n’ubuzima busanzwe?
    3. Ni izihe indwara ziterwa n’umwanda zitavuzwe mu mwandiko?
    Ni gute twazirinda?
    4. Kora ubushakashatsi utahure ingaruka ziterwa n’indwara

    zituruka ku mwanda zifata imyanya ndangagitsina.

    5.1.4. Guhina umwandiko
    Igikorwa

    Mu magambo yawe bwite hina umwandika “Kwirinda biruta kwivuza”
    wubahiriza amabwiriza y’imyandikire y’Ikinyarwanda.

    V.2. Ibindi binyazina
    5.2.1. Ikinyazina mbanziriza
    Igikorwa

    Soma interuro zikurikira, witegereze amagambo y’umukara tsiri
    hanyuma usobanure imiterere yayo. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango by’ikinyazina mbanziriza kandi ugaragaze intego yacyo.

    - Abo umuyobozi w’Umudugudu wa Munanira yakoresheje inama
    bari abaturanyi be.
    - Aho tuba n’aho turara tutahagiriye isuku bishobora gutera inda
    ku mubiri cyangwa bigakurura imbaragasa zitera imvunja.
    a) Inshoza y’ikinyazina mbanziriza
    Ikinyazina mbanziriza ni ikinyazina gisimbura ijambo ribanjirijwe
    n’inshinga itondaguye mu buryo bw’insano, ari na yo mpamvu kitwa

    mbanziriza.

    b) Uturango tw’ikinyazina mbanziriza
    - Ikinyazina mbanziriza kigira buri gihe isaku nyejuru.
    - Kibanziriza buri gihe inshinga iri mu buryo bw’insano.
    - Gisimbura ijambo ribereye inshinga icyuzuzo.
    - Gisimbura izina bityo kikagira indomo.
    Ingero:
    - Uwô nkunda ararwaye.
    - Mwibuke ko ibyô twavugiye mu nama bikwiye kubahirizwa.
    - Abô mwatahiye ubukwe barakeye.
    - Ahô twakoze umuganda hatunganye.

    c) Intego y’ikinyazina mbanziriza

    Intego y’ikinyazina mbanziriza igizwe n’uturemajambo dutatu ari two
    indomo (D), Indangakinyazina (Rkzn) n’igicumbi (C),(D+Rkzn+C).

    d) Imbonerahamwe y’ikinyazina mbanziriza, intego

    n’amategeko y’igenamajwi.

    Ikitonderwa

    - Ikinyazina mbanziriza mu nyandiko isanzwe gisa n’ikinyazina
    nyereka gifite igicumbi /-o. Aho bitandukaniye ni uko mu mvugo no
    mu nyandiko yubahirije ubutinde n’amasaku, ikinyazina nyereka
    kigira isaku nyesi naho ikinyazina mbanziriza kigahorana isaku

    nyejuru.

    Ingero:

    Iyo ndwara iterwa n’umwanda nabaganirijeho ni impiswi. “Iyo” ni ikinyazina nyereka

    Iyô nabaganirijeho iterwa n’umwanda ni impiswi. “Iyô” ni ikinyazina mbanziriza

    Irindi tandukaniro ni uko ikinyazina nyereka kigaragira izina cyangwa
    kikarisimbura naho ikinyazina mbanziriza kikabanziriza inshinga
    iri mu buryo bw’insano kandi kigasimbura izina ryabera iyo nshinga
    icyuzuzo.
    - Iyo ikinyazina mbanziriza kibanjirijwe n’impakanyi “nta”
    gitakaza indomo n’isaku nyejuru. Icyo gihe kandi gishobora kugira
    impindurantêgo ya/-e mu nteko ya mbere.
    Ingero:
    Nta cyo bitwaye irabanza, icyo nakoze igaheruka.
    Umwana wanyu nta we mbona.
    - Iyo ikinyazina mbanziriza gikurikiwe n’inyajwi ibanziriza ijambo
    rifite igicumbi cy’umugemo umwe kandi kikaba gifite isaku nyejuru,
    iyo nyajwi igira ubutinde.
    Ingero:
    Abô uuzi bazahagera ejo.

    Ibyô aata ni byo byinshi kubera uburangare bwe.

    Umwitozo

    1. Garagaza ibinyazina mbanziriza biri mu nteruro zikurikira
    unabishakire intego n’amategeko y’igenamajwi.
    a) Iyo baraye yari inkera y’imihigo.
    b) Abashumba bazijyana uko babitegetswe.
    c) Urwo yapfuye ruragibwaho impaka.
    d) Abo yahuguye ntibakirwara indwara ziterwa n’umwanda.

    2. Kora interuro enye wihimbiye zirimo ikinyazina mbanziriza

    hanyuma ugiceho akarongo.

    5.2.2. Ikinyazina ndafutura
    Igikorwa

    Soma igika gikurikira, usobanure imiterere y’amagambo y’umukara
    tsiri. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango
    by’ikinyazina ndafutura kandi ugaragaze intego yacyo.

    Nyuma yo kuvuga insanganyamatsiko y’ikiganiro yateganyije n’uburyo
    kiribukorwemo, yakomeje abaza abaturage umwe ku wundi icyo indwara
    ziterwa n’umwanda ari cyo. Abaturage bamwe bavuze ko ari indwara
    ziterwa no kurya ibiribwa bihumanye, abandi bavuga ko ari indwara
    ziterwa n’isuku nke. Yabashimiye ibitekerezo byiza batanze ababwira
    ko ikindi yongeraho ari uko indwara ziterwa n’umwanda zituruka ku
    kurya ibiribwa cyangwa kunywa ibiyobya n’ibinyobwa bidafite isuku.
    Zishobora kandi guterwa no kutagira isuku y’umubiri, iy’aho dutekera,
    ay’aho turara, iy’imyambaro n’ibindi.

    a) Inshoza y’ikinyazina ndafutura/ndasigura
    Ikinyazina ndafutura ni ijambo rijyana n’izina ntirisobanure ku buryo
    bwumvikana neza uvugwa, abavugwa, ikivugwa cyangwa ibivugwa ari
    na ho cyavanye izina ryacyo ryo kwitwa ndafutura cyangwa ndasigura.
    b) Uturango tw’ikinyazina ndafutura/ndasigura
    - Ikinyazina ndafutura kirimo ikigufi n’ikirekire.
    - Ikinyazina kigufi nta ndomo ariko ikinyazina ndafutura kirekire
    kirayigira.
    - Ikinyazina ndafutura cyaba ikigufi cyangwa ikirekire kigira
    igicumbi -ndi
    - Ikinyazina ndafutura kigufi cyangwa kirekire gishobora kwisubiramo
    c) Intego y’ikinyazina ndafutura/ndasigura
    Intego rusange y’ikinyazina ndafutura kigufi ni indangakinyazina
    n’igicumbi. (Rkzn+C). Naho ikinyazina ndafutura kirekire intego yacyo
    ni indomo, indangakinyazina n’igicumbi (D+Rkzn+C)
    - Ikinyazina ndafutura (ndasigura) kigufi
    Ingero:
    Undi muntu: u- ndi
    Indi misozi: i- ndi

    Andi mata: a- ndi

    - Ikinyazina ndafutura (ndasigura) kirekire
    Ingero:

    Uwundi mugabo: u-wu-ndi
    Abandi bana: a-ba-ndi
    Iyindi mirima: i-yi-ndi
    Uwundi muti: u-wu-ndi
    Iyindi nzu: i-yi-ndi
    Ayandi mazi: a-ya-ndi

    d) Imbonerahamwe y’ikinyazina ndafutura

    Umwitozo

    Tahura ibinyazina ndafutura/ndasigura biri mu nteruro zikurikira,
    ugaragaze intego yabyo n’amategeko y’igenamajwi.
    a) Ikindi kigega nta masaka nasanzemo.
    b) Karangwa yigize uwundiwundi asigaye agendana na babandi
    twasanze ha handi.
    c) Inka zindi zaguzwe na nde?
    d) Nakutse irindi ryinyo mu cyumweru gishize.
    e) Ni iki kindi ushaka hano?
    f) Urebe ukundikundi wabigenza umfashe gukemura ikibazo cya
    ba bandi.
    5.2.3.Ikinyazina kibaza/mbaza
    Igikorwa

    Soma interuro zikurikira, usobanure imiterere y’amagambo y’umukara tsiri. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango by’ikinyazina mbaza kandi ugaragaze intego yacyo.
    - Ni izihe ngamba twafata kugira ngo turwanye indwara ziterwa
    n’umwanda?”
    - Ni uruhe ruhare rwacu mu gukumira indwara ziterwa n’umwanda?
    - Ni ubuhe buryo twakoresha ngo tuzikumire?
    a) Inshoza y’ikinyazina kibaza
    Ikinyazina kibaza ni ijambo rigaragira izina, ririherekeza, riribanziriza
    cyangwa rikarisimbura; kikaba kibumbatiye ingingo yo gushaka

    kumenya ibisobanuro, inkomoko, ingano, akarere izina ririmo.

    Ingero :

    - Ni abantu bangahe barwaye?
    - Ese yagiye he?
    - Ni uwuhe mwana utagira isuku?
    b) Uturango tw’ikinyazina kibaza
    - Ikinyazina kibaza gishobora kugira indomo cyangwa ntikiyigire.
    - Ikinyazina kibaza kigira ibicumbi bitatu: -he?; -ngahe? na -e?

    Ikinyazina kibaza gifite igicumbi –he?
    Kijyana n’izina kikarikurikira cyangwa kikaribanzirizacyangwa
    kikarisimbura kandi kikaribazaho ikibazo. Ikinyazina kibaza –he
    gishobora kuba kigufi cyangwa kikaba kirekire
    .Kiba kirekire iyo
    gikoranye n’indomo.
    Ingero:
    Mwana wuhe mwahuye?
    Ni abahe bantu bitabiriye inama?

    Ni abahe bitabiriye inama?

    Ikinyazina kibaza gifite igicumbi –ngahe?
    Kibaza ibisobanuro bijyanye n’ingano y’umubare w’abantu cyangwa
    ibintu.
    Gikorana n’inteko z’ubwinshi gusa.
    Ingero:
    Mwahuye n’abantu bangahe?
    Ese baguze imyenda ingahe?
    Ikibanyazina kibaza gifite igicumbi – e?
    Gikorana n’inteko ya 16 no mu nteko z’indangahantu.
    Ingero:
    Wa mwana yagiye he? Agiye mu nzu.
    Iyo mbeba yinjiye he? Yinjiye mu mwobo.
    Ni i Kigali hagana he? Hagana Kacyiru.

    c) Intego y’ikinyazina kibaza
    Intego y’ikinyazina kibaza ni indangakinyazina n’igicumbi (Rkzn+C).
    Ikinyazina kibaza he? kirekire kigira intego y’indomo, indangakinyazina
    n’igicumbi (D+Rkzn+C). Ikigufi kikagira indangakinyazina n’igicumbi
    (Rkzn+C).

    Ingero

    Ikitonderwa:

    Mu Kinyarwanda, hari andi magambo yitwara nk’ikinyazina kibaza
    kuko yifitemo inyito yo kubaza. Ayo ni nka: iki?, ki?, nde?, ese?, ryari?,
    mbese?
    Ayo magambo si ibinyazina mbaza ahubwo yitwa amagambo abaza kuko atisanisha n’amazina bijyanye.

    Ingero:
    Uyu ni muntuki?
    Intambara ya Kabiri y’Isi Yose yatangiye ryari?
    Ese (mbese) urahari?

    d) Imbonerahamwe y’ikinyazina kibaza


    Umwitozo

    Tahura ibinyazina bibaza biri mu nteruro zikurikira hanyuma
    ugaragaze intego yabyo n’amategeko y’igenamajwi aho biri ngombwa
    a) Ni akahe kamaro ko kurya ibiribwa bifite isuku?
    b) Ni izihe ngamba muzafata kugira ngo murwanye indwara
    zikomoka ku mwanda?
    c) Iyi myambaro myiza gutya wayiguriye hehe?

    5.2.4. Ikinyazina nyamubaro
    Igikorwa

    Soma interuro zikurikira, usobanure imiterere y’amagambo y’umukara tsiri. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango by’ikinyazina nyamubaro kandi ugaragaze intego yacyo.

    - Maze kubasura inshuro eshatu cyangwa enye muri iki gikorwa
    cy’umuganda.
    - Ku wa Gatandatu wa nyuma wa buri kwezi aba ari umunsi
    w’umuganda mu Gihugu hose.

    a) Inshoza y’ikinyazina nyamubaro
    Ikinyazina nyamubaro ni ijambo riherekeza izina cyangwa rikarisimbura
    kandi kikaba kibumbatiye ingingo y’umubare. Kigabanyijemo amatsinda
    arindwi; kuva ku mubare rimwe kugeza kuri karindwi. Imibare y’inyuma
    ya karindwi ni amazina si ibinyazina nyamubaro. Bayita amazina
    nyamubaro kuko aba afite uturango tumwe n’utw’izina ari two indomo,

    indanganteko n’igicumbi.

    Ingero:
    Abantu babiri bavuye mu nama.
    Abana batandatu bagiye kuvoma.
    Inka eshatu zahutse.

    b) Intego y’ikinyazina nyamubaro
    - Ikinyazina nyamubaro kigira uturemajambo tubiri gusa:

    indangakinyazina n’igicumbi (Rknz+C)

    Urugero:
    Abantu babiri bagiye.
    Babiri: ba-biri
    - Indangakinyazina y’ikinyazina nyamubaro ni nk’iz’ibindi binyazina
    usibye mu nteko ya cumi aho “zi-” ihinduka “e-”.
    - Ibicumbi by’ikinyazina nyamubaro ni birindwi: - mwe, - biri, -
    tatu, - ne, - tanu, - tandatu, - rindwi.

    - Mu nteko ya cumi ibicumbi biba: -byiri, -shatu, -nye, -shanu,
    -sheshatu na -rindwi

    Ingero:
    Inka ebyiri                    ebyiri → e -byiri.
    Inka eshatu                  eshatu → e - shatu.
    Inka enye                      enye → e - nye.
    Inka eshanu                 eshanu → e - shanu.
    Inka esheshatu          esheshatu → e -sheshatu.
    Nyamara ubusanzwe tuziko indangakinyazina ari”zi”.

    Ikitonderwa
    - Imibare y’inyuma ya karindwi ni amazina si ibinyazina nyamubaro.
    Bayita amazina nyamubaro kuko aba afite uturango tumwe
    n’utw’izina ari two indomo, indanganteko n’igicumbi. Ikinyazina
    nyamubaro gikurikiye izina ribara kuva ku icumi, gisanishwa
    n’ijambo rivuga ibibarwa ari na ryo rifatwa nk’ikinyazina
    nyamubaro.
    Ingero :
    Abana cumi na batatu (batatu ni ikinyazinna nyamubaro).
    Ibiti ijana na birindwi (birindwi ni ikinyazina nyamubbaro).
    - Ikinyazina nyamubaro gishobora kandi kwisubiramo. Icyo gihe
    n’uturemajambo twacyo twisubiramo.

    Ingero:
    Hinjire umwumwe: u - mwe – u - mwe e→ø/-J
    Muzane eshateshatu: e - shatu – e - shatu u→ø /-J
    - Igicumbi /- rindwi kiremwaho ijambo ndwi ridahinduka kandi

    ribara.

    Urugero: Inka ndwi.
    - Ikinyazina nyamubaro gishobora gusimbura izina kigafata indomo
    bityo kigakora nk’izina.

    Ingero:
    Utubiri twotsa amatama.
    Utubiri: u-tu-biri
    Ababiri bashyize hamwe baruta umunani urasana.
    Ababiri: a-ba-biri
    - Mu Kinyarawanda iyo bavuga urwego ikintu kirimo mu rutonde
    rw’ibindi bikurikirana, aho gukoresha ibinyazina nyamubaro,
    bakoresha urwunge rw’ikinyazina ngenera n’izina ry’umubarwa.
    Ntibavuga umuntu wa “rimwe” ahubwo bavuga umuntu wa “mbere”.
    Ingero:
    - Umuntu wa mbere ( umubarwa 1).
    - Umuntu wa kabiri (umubarwa 2)
    - Umuntu wa gatatu (umubarwa 3)
    - Umuntu wa kane (umubarwa 4)
    - Umuntu wa gatanu (umubarwa 5)
    - Umuntu wa gatandatu (umubarwa 6)
    - Umuntu wa karidwi (umubarwa 7).

    d. Imbonerahamwe y’ibinyazina nyamubaro.

    Umwitozo

    1. Shaka uturemajambo tw’ibinyazina nyamubaro bikurikira
    ugaragaze amategeko y’igenamajwi aho biri ngombwa.
    a) gatanu
    b) esheshatu
    c) bine
    d) batandatu
    2. Kosora interuro zikurikira aho biri ngombwa.
    - Ziriya nka zine zariye ibitoki itandatu
    - Ihene itatu ziziritse ku biziriko itatu.
    - Nkeneye amakaye ine nzandikamo amasomo y’imitwe eshanu
    dusigaje kwiga.
    - Umuyaga wahushye ari mwinshi inyoni irindwi igurukira
    rimwe.

    5.2.5. Ikinyazina ndanganteko/mboneranteko
    Igikorwa

    Soma interuro zikurikira, usobanure imiterere y’amagambo y’umukara
    tsiri. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango
    by’ikinyazina mboneranteko kandi ugaragaze intego yacyo.

    - Nta bantu bakwiriye kwigira ba ntibindeba mu kurwanya indwara
    ziterwa n’umwanda.

    - Ba Rukundo baragukumbuye cyane.

    a) Inshoza y’ikinyazina mboneranteko

    Ikinyazina mboneranteko ni ijambo rigaragaza kandi rigaha inteko
    amagambo/amazina bijyanye adahinduka, ryerekana ubwinshi bwayo,
    gitubura/gikuza, gitubya amagambo kigaragiye.

    b) Uturango tw’ikinyazina mboneranteko

    - Ikinyazina mboneranteko kiza buri gihe mbere y’izina giherekeje.
    - Iki kinyazina kiboneka mu nteko zimwe na zimwe ari zo nt. 2; 7; 8;
    10; 11; 12; 13 na 14 ku bayikoresha batubya.
    - Iki kinyazina gikora imbere y’amazina bwite cyangwa amazina
    rusange adafite indomo n’indangasano/indangakinyazina. Iyo kiri
    kumwe n’izina rifite indomo, iyo ndomo iratakara.

    c) Intego y’ikinyazina mboneranteko

    Ikinyazina mboneranteko kigira uturemajambo tubiri ari two:
    indangakinyazina n’igicumbi (Rkzn+C). Buri gihe igicumbi k’ikinyazina
    mboneranteko ni /-a.

    Ingero:

    d) Imbonerahamwe y’ikinyazina

    Umwitozo

    Himba interuro eshanu zirimo ibinyazina mboneranteko unagaragaze
    intego n’amategeko y’igenamajwi yabyo.

    5.2.6. Ikinyazina mpamagazi
    Igikorwa

    Soma interuro zikurikira, usobanure imiterere y’amagambo y’umukara
    tsiri. Uhereye ku miterere y’ayo magambo, tanga inshoza n’uturango
    by’ikinyazina mpamagazi kandi ugaragaze intego yacyo.

    - Mwa baturage mwe muge musukura aho mutuye bizabarinda
    indwara ziterwa n’umwanda.
    - Wa mwana we, ugomba kujya uza ku ishuri wakarabye umubiri
    wose.

    a) Inshoza n’uturango by’ikinyazina mpamagazi
    Ikinyazina mpamagazi gituma igihamagarwa cyangwa uhamagarwa
    yumva ko bashaka ko aza cyangwa ko bashaka ko atega amatwi ngo
    bamubwire. Ikinyazina mpamagazi kibanziriza izina ry’igihamagawe
    ndetse kikanaritesha indomo iyo riyifite. Iryo zina kandi rikurikirwa buri
    gihe n’ikinyazina ngenga bityo kikagira inyito itsindagiriza. Ikinyazina
    mpamagazi kiba muri ngenga ya kabiri gusa. Gifata ubumwe cyangwa
    ubwinshi bitewe n’ijambo gisobanura.

    Ingero:

    Wa mugabo we, watashye ko bwije!
    Mwa bana mwe, ntimugasibe ishuri.

    b) Intego y’ikinyazina mpamagazi

    Ikinyazina mpamagazi kigira indangakinyazina n’igicumbi(Rkzn+C)

    Ingero:

    - Ngenga ya kabiri y’ubumwe ( ng. 2 bu ) : wa : u-a u → w/ - J
    - Ngenga ya kabiri y’ubwinshi ( ng. bw ) : mwa : mu-a u → w/ - J

    Ikitonderwa:

    Igihe cyose ikinyazina mpamagazi gikurikirwa n’izina kigaragiye
    hagakurikiraho ikinyazina ngenga gifite igicumbi -e ifite isaku nyesi.
    Akenshi na kenshi kibanzirizwa n’akajambo “yewe” gahamagara.

    Ingero:
    - Yewe wa mwana we, urajya he?
    - Wa mwana we, watashye ko bwije!

    - Mwa banyeshuri mwe, ntimugasibe ishuri.

    Umwitozo

    Erekana ibinyazina mpamagazi biri muri izi nteruro unagaragaze
    intego n’amategeko y’igenamajwi yubahirijwe
    a) Ese wa mubyeyi yaraye abyaye mwa bagabo mwe?
    b) Kandi wa nyoni we uzarya n’ibitaribwa!

    V.3. Imyitozo y’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    Ugendeye ku gisobanuro cy’umugani mugufi “Amagara arasesekara
    ntayorwa”, andika umwandiko mbarankuru utarengeje imirongo nibura
    mirongo ine, uvuga ku nsanganyamatsiko wihitiyemo yo kubungabunga
    ubuzima kandi uwugaragazemo nibura ibinyazina bitanu mu byo
    twize ubisesengure ugaragaza intego yabyo n’amategeko y’igenamajwi

    yakoreshejwe.

    V.4. Isuzuma risoza umutwe wa gatanu
    umwandiko: Twirinde marariya

    Marariya ni imwe mu ndwara z’ibyorezo zigaragara mu Gihugu
    cyacu. Itaramenyekana Abanyarwanda bayitaga indwara y’ubuganga.
    Abafatwaga na yo baganaga abavuzi ba gihanga, bakabaha imiti
    inyuranye ariko kuyivura bikababera imbogamizi. Ni yo mpamvu
    yahitanye umubare munini w’abantu kuko batari bazi ikiyitera ngo
    bafate ingamba zo kuyirinda.

    Nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe ku gitera indwara ya marariya, baje
    gusanga iterwa n’umubu. Mu gushakisha aho iyo mibu yaba ituruka,
    Abanyarwanda bamwe baje kuvuga ko ibiti by’avoka ari indiri y’imibu.
    Basobanuraga ko iyo bugorobye, imibu ivamo igatera mu ngo. Gusa avoka
    si zo ndiri y’imibu itera marariya zonyine, ahubwo ngo urutoki ni rwo rwa
    mbere. Amazi areka mu mivovo, amakoma n’imyanana bituma havuka
    imibu ishyano ryose. Na none ariko ntawatema za avoka n’urutoki ngo
    ni uko bikurura imibu idutera marariya, ahubwo hari ubundi buryo bwo
    kuyirinda. Dusukure munsi yabyo, twirinde kuhajugunya ibikopo n’injyo
    kuko birekamo amazi, imibu igateramo amagi. Ibindi bikurura imibu ni
    ibizenga by’amazi.

    Ubwo imibu ari yo itera marariya, uburyo nyabwo bwo kuyikumira
    ni ukwirinda ibizenga by’amazi hafi y’ingo kandi ibikoresho byose
    birekwamo amazi bigapfundikirwa. Ni byiza kandi gutema ibyatsi biri
    mu ntanzi z’urugo kuko bibundikira imibu. Mu rwego rwo gukumira
    marariya kandi, abantu bose bakwiriye kurara mu nzitiramubu ikoranye
    umuti. Marariya ni indwara ivurwa igakira mu gihe yavuriwe ku gihe.
    Mu gihe wumvise ufite ibimenyetso biranga umuntu urwaye marariya
    ihutire kujya kwa muganga uvurwe hakiri kare kandi neza. Iyo umuntu
    urwaye marariya atinze kuyivuza, iba igikatu, ikamuzahaza bikaba
    byanamuviramo urupfu. Marariya rero tuyirinde kandi tuyirandurane

    n’imizi yayo.

    Uko kuzahazwa na marariya ni mu bidindiza amajyambere y’Igihugu
    kuko nta mubyizi w’umuntu w’inzahare.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko

    1. Ni iyihe mpamvu yatumaga abantu benshi bahitanwa na
    marariya mu myaka yashize?
    2. Ni iki twakora ngo twirinde marariya?
    3. Umuntu wamaze gufatwa na marariya yakora iki?
    4. Uratekereza ko icyorezo cya marariya gifite izihe ngaruka ku
    iterambere ry’igihugu?
    5. Wakora iki ngo ugire uruhare mu kubungabunga ubuzima
    bw’abaturage batuye mu mudugudu wanyu?
    6. Ni izihe ndwara zindi z’ibyorezo uzi zitwara ubuzima bw’abantu?

    Ziterwa n’iki?

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo

    Uzurisha interuro zikurikira amagambo ukuye mu mwandiko
    a) Mu muganda wo mu mpera z’ukwezi gushize twasibye …………….
    Byari ………...y’imibu.
    b) Nimuze duhagurukire………......marariya kuko idindiza
    iterambere ry’Igihugu.
    c) Wa muturanyi wange yarwaye marariya y’………………… kuko
    yari yaratinze kwivuza.
    d) Mu gihe wumvise ufite ……………………bya ………………ihutire
    kujya kwa muganga.

    III. Ibibazo ku binyazina

    Tahura ibinyazina twize muri uyu mutwe biri mu nteruro zikurikira
    nurangiza uvuge ubwoko bwabyo unabisesengure ugaragaza intego
    yabyo, amategeko y’igenamajwi ndetse n’inteko birimo.

    a) Ikindi cyakorwa ni uko urwaye marariya yayivuza neza.
    b) Wa mwana we nutivuza hakiri kare uzashyira ubuzima mu kaga!
    c) Iyo bakingira abana, hinjiraga babiribabiri.
    d) Uretse ibihuru ibindi bikurura imibu itera marariya ni ibizenga
    by’amazi.
    e) Ni izihe mbaraga Leta yashyize mu gukumira marariya mu
    baturage?
    f) Nta kindi cyatuma tubungabunga ubuzima uretse kwirinda
    ibidutera indwara.
    g) Bwa Petero bwansize.

    h) Twa Kirezi turirata.

    UMUTWE WA 4: KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJEUMUTWE WA 6: ITUMANAHO N’IKORANABUHANGA MU ITERAMBERE