• UMUTWE WA 3: KUBAHIRIZA UBURENGANZIRA BWA MUNTU

    Ubushobozi bw’ingenzi bugamijwe

         - Gusesengura umuvugo agaragaza uturango twawo n’ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo.

         - Guhimba no kuvuga umuvugo.

         - Kugaragaza uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi by’izina mbonera, ntera, izina ntera n’igisantera.

    Igikorwa cy’umwinjizo

    Rondora kandi usobanure ibintu nibura bitatu umuturage yakorerwa bikagaragara ko uburenganzira bwa muntu butubahirijwe. Wakora iki kugira ngo ubwo burenganzira umuturage yavukijwe abuhabwe.

    III.1. Umwandiko: Turyamagane twese


    Yewe muco gakondo

    Twakondewe na Gihanga

    Wowe uharaze imigenzo

    Ukaziga imiziririzo

    Ihohoterwa ryo urarizi?


    Iyaduhanze yaradukunze

    Iduhundagazaho ubuhanga

    Iduhaza urukundo rwayo

    Ngo dukundane twese

    Ihohoterwa riza ari rwivanga!


    Reka ndenge imbibi z’urwacu

    Ndenze amaso iyo riterwa inkingi

    Nsesengure umuco nyafurika

    Mbaze abanyamahanga ibyaho

    Aho ihohoterwa murarizi?


    Icyo kibazo ni cyo gitumye mpanga

    Ushaka gukira indwara arayirata

    Uwarikorewe wese ntabihishire

    Ntahanwe ngo yamennye ibanga

    Ibanga ryakwica rizibukire!


    Mu ngo riravuza ubuhuha

    Mu kazi ntiryahatangwa

    Mu itangwa ryako riraca ibintu

    Mu micungire y’abakozi rirabacuza

    Si iryo gucecekwa ryadutsemba!


    Hadutse icuruzwa ry’abantu

    Baba abahungu cyangwa abakobwa

    Bagakurwa mu rwa Gihanga

    Bakabunzwa i mahanga kandi hahanda

    Bagashakira amahaho ahadakwiye!

    Hari ihohoterwa ryo mu magambo

    Atesha agaciro uwo mubana

    Ngo nta mutungo yinjiza iwawe

    Ndetse n’idini rye si ryo ryawe

    Maze umutima we ukamungwa cyane!


    Ingo zirasenyuka umusubizo

    Zizira icyo cyago k’icyorezo

    Umugore ntiyubahe umugabo

    Ngo ubugabo nyabwo ni mu mufuka

    Kandi umwe ari urugingo rw’undi.


    Ko mbona ihohoterwa riteye hose

    Kandi twese turi abavandimwe

    Uyu mutima mutindi tuwugenze dute?

    Ko utesha agaciro abantu benshi

    Twawutesheje ugacika iwacu?


    Abakurambere dukesha umuco

    Baturaze kubana neza dutekanye

    Icyubahiro gikwiriye buri wese

    Umuto wese akubaha umukuru

    Tukubahiriza uwo muco twese.


    Hari abahoraga bibeshya

    Ngo umukobwa si umwana

    Ibyo rwose bikaba intandaro

    Yo kwimwa intango y’ubuzima

    Akimwa umunani mu muryango.


    Babyara umuhungu ngo ni umutabazi

    Amahoro agahinda mu muryango

    Babyara umukobwa ngo ni agahinda

    Ubwigunge bukarenga umubyeyi

    Akaba igicibwa ngo aciye umuryango!


    Ubwo umukobwa agatangira guhezwa

    Akabuzwa amahirwe yo kugana ishuri

    Agaharirwa gusa imirimo yo mu rugo

    Basaza be bakaminuza abareba


    Iryo hohoterwa rikamutera agahinda.


    Ndanenga uwo muco rwose

    Upfobya abo bari baziranenge

    Ukababuza uburenganzira bwabo

    Iryo hohoterwa rikabatera ipfunwe

    Niriranduke rwose mu rwatubyaye!


    Reka twese ikibazo tukigire icyacu

    Uyu muco ukocamye ucike rwose

    Duhashye ayo mahano abera iwacu

    Porisi ihagurukire ababirengaho bose

    Imiryango mpuzamahanga na yo ibihoshe.


    Reka ababizi tubibwirize abandi

    Uburenganzira bwa muntu buharanirwe

    Kuko buri wese afite agaciro

    Duhashye uwo muco muri bose

    Kuko iwacu ufatwa nka kirazira.

    Twubahe umuco wacu

    Ducenshure ibiwutesha agaciro

    Tugire ubupfura buzira ubupfayongo

    Bwo gicumbi cy’urukundo

    Ruha agaciro ikiremwa muntu.

    3.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    Igikorwa

    Soma umwandiko “Turyamagane twese”, ushakemo amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure wifashishije inkoranyamagambo.

    Umwitozo

    1. Uzurisha izi nteruro amagambo akurikira yakuwe mu mwandiko:

    amahano, guhashya, ihohoterwa, ubupfura, guhezwa.

    a) Abanyarwanda bose bamagane ………………………

    rikorerwa mu ngo.

    b) Gucuruza abantu ni………………………, byamaganirwe

    kure.

    c) Umwana wahawe uburezi n’uburere byiza ahora arangwa

    n’…………………

    d) Nta muntu ugomba………………….mu iterambere

    ry’Igihugu.

    e) Duhagurukire twese…………………umuco wo kubangamira

    uburenganzira bwa muntu.

    2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe wihimbiye:

    ubupfayongo, igicibwa, kuvuza ubuhuha, imigenzo.

    3.1.2. Gusoma no kumva umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Turyamagane twese”, hanyuma usubize

    ibibazo byawubajijweho.

                 1. Ni hehe umwanditsi w’uyu mwandiko agaragaza ko ihohoterwa

    rihagaragara?

                 2. Ni iyihe ngaruka y’ihohoterwa ryo mu ngo yagaragajwe mu

    mwandiko?

                3. Ni bande bavutswaga uburenganzira bwabo nk’uko byavuzwe

    mu mwandiko?

                 4. Babuvutswaga bate?

                5. Ni nde ufite inshingano zo guhashya ihohoterwa?

               6. Ni rihe somo ry’ingenzi ukuye muri uyu mwandiko?

    3.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Turyamagane twese”, hanyuma usubize ibibazo

    bikurikira.

    1. Ni irihe hohoterwa rikorerwa ikiremwa muntu rigaragara mu

    karere utuyemo?.

    2. Vuga muri make icyo wakora mu kwimakaza uburenganzira

    bw’ikiremwa muntu.

    3. Garagaza ingaruka zo kubangamira uburenganzira bwa muntu.

    4. Ni iki cyakorwa kugira ngo uburenganzira bwa muntu

    bwubahirizwe?

    3.1.4. Kungurana ibitekerezo

    Igikorwa

    Mwungurane ibitekerezo ku ngaruka zo kubangamira uburenganzira

    bwa muntu n’ibyakorwa kugira ngo zirindwe.

    III.2. Umuvugo

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Turyamagane twese?” witegereza imiterere

    yawo, uvuge aho ubona utandukaniye n’indi myandiko maze utahure

    inshoza n’uturango by’umuvugo.

    3.2.1. Inshoza y’umuvugo

    Umuvugo ni igihangano kiri mu mvugo cyangwa mu nyandiko cyuje uturango nyabusizi. Uhanga umuvugo atanaga imvugo ye akayiha ubwiza bunogeye amatwi n’umutima kubera indyoshyanjyana n’iminozanganzo biwugize.Iyo minozanganzo uyisanga mu majwi, mu njyana, mu myubakire y’interuro ndetse no mu magambo y’indobanure aberanye n’ingingo yaturwa.

    3.2.2. Uturango tw’umuvugo

    Umuvugo urangwa n’interuro ngufi bita imikarago cyangwa intondeke. Umukarago mu busizi ni interuro ngufi zanditse ku buryo bupimye indinganire cyangwa se insumbane. Umuvugo uba ugabanyijemo amabango ari yo wagererenya n’ibika mu myandiko isanzwe.

    Imikarago y’umuvugo iba ifite injyana nk’iyo mu ndirimbo. Umuvugo urangwa kandi n’injyana y’isubirajwi, y’isubirajambo, ijyana ipimye bita indengo n’ubundi bwoko butandukanye bw’ikeshamvugo nk’imibangikanyo, ihwanisha, iyitirira, igereranya…

    Ikeshamvugo rikoreshwa mu mivugo

    a) Injyana

    Mu mivugo hakoreshwamo ikeshamvugo rishingira ku njyana. Mu

    buhanzi bw’imivugo bakunda kugenda bakoresha amajwi asa harimo

    asoza umukarago cyangwa awutangira hakaba n’akoreshwa hagati.

    Bakoresha kandi isubirajwi, isubirajambo n’isubirasaku. Banakoresha

    ubwoko bw’injyana ishingiye ku gupima imikarago bita indengo. Mu bisigo

    nyabami byinshi ho bakoresha amabango aba yanditse umudandure.

    Ubu bukurikira ni bumwe mu buryo bw’injyana bukoreshwa mu mivugo.

    - Isubirajwi

    Ni ikeshamvugo rishingira ku kugenda basubira mu ijwi runaka ku buryo bunogeye amatwi.

    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese

    Hadutse icuruzwa ry’abantu

    Baba abahungu cyangwa abakobwa

    Bagakurwa mu rwa Gihanga

    Bakabunzwa i mahanga kandi hahanda

    Bagashakira amahaho ahadakwiye!

    - Isubirajambo

    Ni igihe isubirajwi rigaruka mu ijambo bihuriye ku gicumbi kimwe

    n’iryaribanjirije cyangwa se ijambo rikagaruka uko ryakabaye.

    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese

    Mu ngo riravuza ubuhuha

    Mu kazi ntiryahatangwa

    Mu itangwa ryako riraca ibintu

    Mu micungire y’abakozi rirabacuza

              - Indengo

    Indengo ni ubwoko bw’ijyana ishingiye ku gupima utubangutso tugize imikarago. Iyo njyana yakoreshwaga cyane mu mazina y’inka. Buri kabangutso kangana n’inyajwi imwe itebuka, bivuga ko umugemo utinda ugira utubangutso tubiri.

    Urugero: imikarago ifite utubangutso 9

    Urugero: Inka ya Rumonyi

    Rŭtăgwābĭza ĭmĭnegă,= 9

    Inkŭbă zēsă mŭ Bĭhŏgŏ, = 9

    Rwā mŭgăbŏ nyĭrĭgĭră = 9

    Imbĭzi ĭsāngănĭzwa ĭngŏmă, = 9

    b) Imibangikanyo

    Imibangikanyo ni umunozanganzo ushingiye ku gukurikiranya imikarago iteye kimwe, cyangwa se ku gukurikiranya mu mikarago ingingo zuzuzanya cyangwa zivuguruzanya.

    Urugero mu muvugo “Mpore nyampinga

    Uganze uturwe ubone amaturo

    Ukunde ukundwe ugire agaciro.

    Ingero mu muvugo “Turyamagane twese

    - Ingingo zuzuzanya :

    Yo kwimwa intango y’ubuzima

    Akimwa umunani mu muryango.

    - Ingingo zivuguruzanya

    Tugire ubupfura buzira ubupfayongo

    c) Igereranya

    Ni ukugereranya ibintu bifite icyo bihuriyeho ku buryo kimwe cyagufasha gusobanura ikindi ukoresheje uko bisangiye imisusire, imigenzereze, umumaro n’ibindi. Igereranya rigira uturango: nka, na, kimwe, asa …

    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese

    Duhashye uwo muco muri bose

    Kuko iwacu ufatwa nka kirazira.

    d) Ihwanisha

    Ihwanisha ni ikeshamvugo risa no kugereranya ku rwego rwa kabiri, aho urenga ibyo kureba icyo ikigereranywa n’ikigereranyo bihuje, ugasa n’ubinganyisha, kimwe kikaba cyafata umwanya w’ikindi cyangwa cyagihagararira.

    Urugero rwo mu muvugo “Turyamagane twese

    Babyara umuhungu ngo ni umutabazi

    Babyara umukobwa ngo ni agahinda

    e) Iyitirira

    Iyitirira rishingiye ku gufata ikintu ukakitirira ikindi bitewe n’uko ubona isano bifitanye. Icyo gihe ijambo rifata umwanya w’irindi rikagira inyito nshya kandi n’iyo ryari risanganywe ritayitakaje.

    Urugero rwo mu muvugo “Mpore nyaminga

    Nyampinga afite agaciro

    Ni na we uhekera urutubyara

    Nyampinga aritirirwa ababyeyi bose.

    3.2.3. Akamaro k’umuvugo

    - Umuvugo ufasha umuhanzi gutambutsa imbamutima ze abinyujije muri icyo gihangano.

    - Bifasha umuhanzi kunoza ururimi no gukungahaza inyunguramagambo akoresheje amagambo y’intoranywa.

    - Gushima, gutaka, kunenga, kwigisha, gukosora ikintu cyangwaumuntu runaka binyujijwe mu mvugo inogeye amatwi ijimijecyangwa itajimije.

    Umwitozo

    Hanga umuvugo mugufi utarengeje imikarago mirongo ine ku

    nsanganyamatsiko wihitiyemo ijyanye n’uburenganzira bwa

    muntu hanyuma uwuvugire imbere y’abandi wubahiriza isesekaza

    ry’umuvugo rikwiye.

    III.3. Ubwoko bw’amagambo

    Amagambo ahinduka: Izina mbonera

    Igikorwa

    Itegereze amagambo yanditse atsindagiye ari mu nteruro zikurikira zavuye mu muvugo “Turyamagane twese”. Kora ubushakashatsi ugire icyo uvuga ku miterere yayo maze utahure inshoza y’amagambo ahinduka, inshoza n’intego by’amazina mbonera ndetse n’amategeko y’igenamajwi.

    Hari abahoraga bibeshya 

    Ngo umukobwa si umwana

    Ibyo rwose bikaba intandaro

    Yo kwimwa intango y’ubuzima

    Akimwa umunani mu muryango.

    Babyara umuhungu ngo ni umutabazi

    Amahoro agahinda mu muryango

    Babyara umukobwa ngo ni agahinda

    3.3.1. Inshoza y’amagambo ahinduka

    Amagambo ahinduka ni amagambo ashobora gushakirwa uturemajambo cyangwa akagoragozwa. Mu magambo ahinduka dusangamo: amazina mbonera, ntera, amazina ntera, ibisantera bimwe na bimwe n’ibinyazina.

    3.3.2. Inshoza y’izina mbonera

    Izina mbonera ni izina rusange. Izina mbonera rigizwe n’uturemajambotw’ibanze dutatu ari two: indomo, indanganteko n’igicumbi. Izina riba ari mbonera iyo atari izina ry’urusobe kandi ridakomoka ku nshinga cyangwa ku bundi bwoko bw’amagambo. Rivuga abantu, ibintu cyangwa inyamaswa muri rusange.

    3.3.3. Intego y’izina mbonera

    Intego y’izina mbonera ni: Indomo (D), indanganteko (RT) n’igicumbi (C)

    D+RT+C

    Indomo (D)

    Indomo ni akaremajambo kagizwe n’inyajwi gatangira izina cyanwa

    irindi jambo ririsimbura. Mu Kinyarwanda inyajwi zishobora kuba

    indomo ni eshatu gusa ari zo: a, i, u.

    Ingero:

    Abantu, inkongoro, udusatsi.

    - Indomo “u” ikoreshwa mu mazina yo mu nteko ya 1, 3, 11, 13, 14

    na 15.

    Ingero: umuntu (nt.1), umurimo (nt.3), urutaro (nt.11), udusatsi (nt.13),

    ubudodo (nt.14), ukuguru (nt.15).

    - Indomo “a” ikoreshwa mu nteko ya 2, 6, 12 na 16.

    Ingero: abantu (nt.2), amakara(nt.6), akana (nt.12), ahantu (nt.16).

    - Indomo “i” ikora mu nteko ya 4, 5, 7, 8, 9 n’iya 10.

    Ingero: imirima (nt.4), iryinyo (nt.5), ikiriri (nt.7), ibitoki (nt.8), ingobyi (nt.9), imbwa (nt.10).

    - Ijambo ritakaza indomo iyo rikurikiye impakanyi “nta”, akajambo

    buri” n’indangahantu “mu” cyangwa “ku

    Ingero:

    - Nta mwana wasibye.

    - Buri muntu araririmba.

    - Mu nzu harashushye.

    - Yagiye ku mugezi

    Nk’uko bigaragara muri izi nteruro, amagambo umwana, umuntu,

    inzu, umugezi yatakaje indomo

    Ikitonderwa:

    1. amazina yo mu nteko ya 5 n’amazina amwe n’amwe yo mu nteko ya

    9 n’iya 10 atangiwe n’indomo “i” iyi “i” itangira izina ntihungurwa

    n’indangahantu.

    Ingero:

    - Yagiye kuvoma ku iriba

    - Turajya mu ihuriro.

    - Udusimba turi ku ihene

    2. Amwe mu mazina y’amasano ntagira indomo. Mu kugaragaza

    uturemajambo tuyagize, indomo ya bene ayo mazina igaragazwa

    n’imbumbabusa (ø).

    Musaza wawe akundana na murumuna wange.

    Mushiki wange aherekeje muramu wacu.

    Indanganteko (RT)

    Indanganteko ni akaremajambo kerekana inteko izina ririmo.

    Akaremajambo kakaba ariko gashingirwaho mu gukora isanisha mu

    nteruro. Indangasano kandi ni igice gisigara hagati y’indomo n’igicumbi.

    Ingero: umuntu, abantu, imirima, ibitoki

    Indanganteko z’izina mbonera ni izi zikurikira

    Ikitonderwa:

    1. Hari amazina atagaragaza indanganteko. Indanganteko ya bene

    ayo mazina igaragazwa n’imbumbabusa (ø).

    Ingero:

    Isuka nziza: Indanganteko ni ø

    2. Hari amazina adahita agaragaza indanganteko. Bene ayo mazina yongerwaho ntera bityo indangasano ya ntera ikaba ari yo ndanganteko y’iryo zina.

    Ingero:

    Impu nziza: indanganteko y’izina impu ni -n- aho kuba -m- kuko

    indanganteko -m-itabaho.

    Uduti twiza: indanganteko y’izina uduti ni -tu- aho kuba -du- kuko

    indanganteko -du-itabaho.

    Agakwasi gato: indanganteko y’izina agakwasi ni -ka- aho kuba -ga-kuko

    indanganteko -ga-itabaho.

    Igicumbi (C)

    Igicumbi ni igice k’izina kidahinduka mu gihe k’igoragoza. Igoragoza ni ishyirwa mu bumwe, mu bwinshi, itubya, itubura by’izina ugamije kureba igice kidahinduka. Ushobora gukora igoragoza kandi ushaka kureba ibice by’ijambo bishobora gusimburana cyangwa amagambo ashobora gusimburana mu nteruro. Igicumbi gitangirwa n’inyajwi, ingombajwi cyangwa inyerera.

    Ingero:

    - Umwana: u- mu-ana (inyajwi)

    - Umuyaga: u-mu- yaga (inyerera)

    - Imirimo: i-mi-rimo (ingombajwi)

    Ikitonderwa

    Hari amagambo ashobora kugira indanganteko ebyiri cyangwa ibicumbi bibiri n’agira indanganteko cyangwa ibicumbi byikuba kabiri. Reka twugame izuba muri kiriya gicucucucu cy’umutobotobo.

    Umuntu nyamuntu arangwa n’ubumuntu.

    Metero ni urugero rw’uburebure.

    Ahari abantu hanuka urunturuntu.

    3.3.5. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa mu izina mbonera

    Kugira ngo umuntu agere ku mategeko y’igenamajwi, agereranya intego y’ijambo n’uko risanzwe rivugwa cyangwa ryandikwa maze akavumbura ayo mategeko y’igenamajwi asobanura ukuntu amajwi yahindutse cyangwa yazimiye. Iyo usanze nta mpinduka zabaye nta tegeko ry’igenamajwi riba rihari. Amategeko y’igenamajwi agaragazwa ku ijambo ryashakiwe uturemajambo aho mu ihuzwa ry’uturemajambo tubiri, amajwi amwe aba yazimiye cyangwa agahindukamo andi mashya..

    Imbonerahamwe iragaragaza intego n’amategeko y’igenamajwi

    Umwitozo

    Garagaza intego n’amategeko y’igenamajwi by’amazina akurika:

    a) Ubuzima

    b) Inyana

    c) Umwenge

    d) Insina

    e) Imbavu

    f) Inka

    g) Impuha

    h) Ishati

    III.4. Umwandiko: Rutabikangwa yisubiyeho


    Karigirwa ni umwana w’umukobwa ufite imyaka icumi. Yiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza. Ni umuhanga mu ishuri kuko mu myaka itatu arangije yahoraga agira amanota meza. Imyigire ye ayifashwamo n’ababyeyi kuko bamuha ibikoresho byose by’ishuri akeneye ndetse bakanamwitaho igihe ageze mu rugo.

    Muri iyi minsi ariko imyitwarire ya Karigirwa iragenda ihinduka ku buryo bugaragara haba mu masomo ndetse no mu gusabana na bagenzi be. Uretse kuba atagikurikira amasomo ye neza, ntakivuga, ahorana intimba kandi asigaye akererwa bikabije. Ibi byamugizeho ingaruka mu myigire ye ku buryo asigaye agira amanota adashimishije. Nk’umurezi we byanteye impungenge bintera kugira igitekerezo cyo kuzajya kuganiriza ababyeyi be.

    Umunsi umwe mvuye ku kazi nagiye iwabo wa Karigirwa. Ngezeyo, ndakomanga ariko mu gihe batarankingurira, haba hageze imodoka nziza kandi nshyashya irimo Rutabikangwa, se wa Karigirwa. Asohotse, mbona yarabyibushye cyane kuko ntamuherukaga. Byanteye kumubaza aho asigaye aba, ansubiza ko amaze icyumweru mu nama mpuzamahanga yaberaga muri Kenya.

    Muri ako kanya Kabanyana, nyina wa Karigirwa aba aje kunsuhuza. Natunguwe no kubona yambaye igitenge gicikaguritse. Aransuhuza, asuhuje Rutabikwangwa aramwihorera. Nuko mubwira ikingenza ambwira ko nabona akanya azaza ku ishuri tukabiganiraho. Yahise amperekeza, tukigera ku bikingi by’amarembo, umwana wabo w’umuhungu wari wambaye ishati y’umutuku avuye kuvoma atubonye aza kudusuhuza ariko ntungurwa no kubona se nta rukumbuzi yari amufitiye nk’umubyeyi umaze icyumweru atari mu rugo.

    Bukeye nzindukira ku kazi nk’uko byari bisanzwe ariko nkomeza kwibaza ku mibereho y’abo mu rugo kwa Rutabikangwa mbihuza n’imyitwarire nari nsigaye mbonana Karigirwa. Nkigera mu ishuri, mbona abanyeshuri benshi bahageze ariko mbura Karigirwa. Nyuma y’isaha nagiye kubona mbona Karigirwa arakomanze. Akinjira, mbona amaso yatukuye kandi adatuje na mba. Byanyanze mu nda mu gihe cy’akaruhuko ndamuhamagara ngo mubaze neza ikibazo afite.

    Ntaragira icyo mubaza araturika ararira, ngerageza kumuhoza ngo menye intandaro y’imyifatire ye. Yarankundiye ambwira ko ibyo agiye kumbwira ari ibanga kuko se abimenye atamukira! Musezeranya ko ntazarimena. Yatangiye ambwira ko iwabo nta mahoro na make aharangwa kandi bimaze igihe. Ambwira ukuntu iryo joro bari baraye hanze nyina akubitwa ari cyo cyatumye akererwa kuko yatoye agatotsi mu gitondo se amaze kugenda. Antekerereza ko nyina yazize ko yari yasabye amafaranga y’abahinzi se akamubwira ko arambiwe gukorera abantu batagize icyo bamaze mu rugo. Yakomeje ambwira ko nyina ahingisha, akeza imyaka myinshi, yamara guhunika, se akazana imodoka iyitunda ntihagire na duke dusigara. Anansobanurira ko n’inka y’inzungu bari bafite, yabahaga amata na yo se yayigurishije. Ibyo byose bigatuma nyina ahora mu bukene ntabone ibyo kugaburira abana n’amafaranga yo kugura imyambaro.

    Nyuma yo kumva ihohoterwa Kabanyana n’abana be bakorerwa na Rutabikangwa numva ntakwiye kubyihererana. Nshaka umwanya njya kureba umuyobozi w’umudugudu mugezaho icyo kibazo k’ihohoterwa rikorerwa abo mu rugo kwa Rutabikangwa. Akibyumva, yahise atumira Rutabikangwa na Kabanyana mu mugoroba w’ababyeyi, amenyesha n’ubuyobozi bwa porisi bwari hafi aho.

    Insanganyamatsiko yaganiriweho muri uwo mugoroba w’ababyeyi ni “Twubahirize uburenganzira bwa muntu twamagana ihohoterwa rikorerwa mu ngo”. Umuyobozi w’umudugudu yayituganirijeho ayivuye imuzi, nyuma umuporisi wari witabiriye iyo nama na we akurikiraho avuga ko abantu bahohotera abo bashakanye bagomba kujya bahanwa by’intangarugero. Kabanyana aho yari yicaye twumva araturitse ararize. Ikiganiro gihagarara gityo twihutira kureba ikimuriza. Nyuma yo kumuhoza yadusobanuriye nta cyo adukinze ku ihohoterwa Rutabikangwa amukorera we n’abana be. Abenshi mu bo twari kumwe baratungurwa kuko batari bazi ibibera mu rugo kwa Rutabikangwa.

    Rutabikangwa wari wabuze aho areba, ahagurukana ikimwaro kinshi adusaba imbabazi twese, by’umwihariko umugore we Kabanyana. Atwizeza ko yasobanukiwe icyo uburenganzira bwa muntu ari cyo kandi ko azibukiriye kububangamira ahubwo akaba agiye kwita ku muryango we. Kabanyana aramubabarira, dushima umwanzuro mwiza Rutabikangwa afashe. Umuyobozi w’umudugudu asoza ikigaro adushishikariza kutazigera na rimwe duhishira amakimbirane yo mu ngo kuko bizana ingaruka nyinshi mu muryango. Ubu umuryango wa Rutabingwa na Kabanyana ni umuryango ntangarugero aho batuye.

    3.4.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    Igikorwa

    Soma umwandiko “Rutabikangwa yisubiyeho”, ushakemo amagambo

    udasobanukiwe hanyuma uyasobanure.

    Umwitozo

    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro.

    a) Intimba

    b) Ikimwaro

    2. Uzurisha izi nteruro amagambo cyangwa imvugo bikurikira

    wubahiriza isanisha rikwiye: gutora agatotsi, ibikingi

    by’amarembo, kuzibukira, amakimbirane

    a) Abantu bose banywa ibiyobyabyenge

    bakwiye……………………….kuko byangiza ubuzima.

    b) …………………………..atuma iterambere ry’umuryango

    ridindira.

    c) Nzanira ruriya rwego rwegetse ku

    …………………………………

    d) Umwana wange ntiyigeze ……………………………..

    kubera uburwayi.

    3.4.2. Gusoma no kumva umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko “Rutabikangwa yisubiyeho”, hanyuma usubize

    ibibazo byabajijweho.

    1. Ni nde ubara iyi nkuru?

    2. Ni iyihe myitwarire idasanzwe ivugwa mu mwandiko Karigirwa

    yagaragaje?

    3. Ese umwarimu wa Karigirwa yagize ibanga ibyo yari yamubwiye?

    Kubera iki?

    4. Ni iyihe mpamvu yatumye Rutabikangwa asaba umugore we

    imbabazi mu mugoroba w’ababyeyi?

    3.4.3. Gusoma no gusesengura umwandiko

    Igikorwa

    Ongera usome umwandiko“Rutabikangwa yisubiyeho”, hanyuma usubize ibibazo bikurikira:

    1. Ni izihe ngingo z’ingenzi zivugwa mu mwandiko?

    2. Uratekereza ko ihohoterwa rikorerwa mu ngo ryatera izihe

    ngaruka?

    3. Garagaza insanganyamatsiko y’ingenzi igaragara muri uyu

    mwandiko n’isomo ry’ingenzi uwukuyemo

    4. Ni uwuhe musanzu wawe mu kurwanya ihohoterwa?

    III.5. Andi magambo ahinduka

    3.5.1. Ntera

    Igikorwa

    Soma witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye muri izi nteruro,utahure inshoza n’uturango twa ntera kandi ugaragaze intego yayo.

    - Karigirwa yarangije imyaka itatu agira amanota meza.

    - Nkihagera haba haje imidoka nziza kandi nshyashya.

    -  Nyina wa Karigirwa yeza imyaka myinshi ariko imodoka ikaza

    ikayitunda ntasigarane na duke.

    3.5.1.1. Inshoza ya ntera

    Ntera ni ijambo rigaragira izina rigasobanura imiterere, imimerere

    n’ingano by’iryo zina. Ntera yegerana n’izina ifutura cyangwa bigahuzwa

    n’inshinga “ni”, “si”, ri” cyangwa “kuba”n’izindi zivuga imimerere.

    Uyu mwana muremure ni mwiza.

    Ihohoterwa si ryiza mu muryango nyarwanda.

    Wa mukobwa wari muto yabaye munini aho amariye gushaka.

    3.5.1.2. Uturango twa ntera

    a) Ntera yinjira mu nteko zose z’amazina ikisanisha n’izina biri kumwe

    ifata indanganteko yaryo ho indangasano.

    Ingero:

    - Uyu muhanda ni muremure.

    - Kamanzi ni umusore munini kandi muremure.

    - Uru rukweto ni rushyashya.

    b) Ntera yifashishwa mu kugaragaza indanganteko y’izina igaragiye iyo indanganteko yaryo itigaragaza kandi ikagira umumaro w’imfutuzi.

    Ingero:

    - ishuri rikuru

    - iryinyo rinini

    - indirimbo nshya

    c) Ntera ishobora gusimbura izina igaragiye igafata indomo yaryo,

    bityo ikitwara nk’izina. Icyo gihe intego yayo iba ari nk’iy’izina,

    kuko iba itakitwa ntera ahubwo yitwa izina ntera

    Ingero:

    - Abakuru n’abato bunganirane.

    - Imana ivubira imvura ababi n’abeza.

    - Imishyashya na yo muyimese.

    Ntera igira ibicumbi bizwi ari na byo biyiha inyito.

    3.5.1.3. Intego ya ntera

    Ntera igira uturemajambo tubiri: Indangasano (RS) n’igicumbi (C).

    a) Indangasano (RS)

    Indangasano ni igice cya ntera gihinduka kikisanisha n’izina biri kumwe.

    Indangasano ya ntera isa n’indanganteko y’izina igaragiye.

    Ingero:

    - Umukinnyi mushya yatsinze ibitego byinshi.

    - Abana banini ntibashobora ntibashobora gusimbuka ahantu

    harehare.

    b) Igicumbi

    Igicumbi cya ntera ni igice cyayo kidahinduka igihe hakozwe igoragoza kandi ni cyo gice kigaragaza inyito (igisobanuro) cyayo.

    Ingero:

    - umuntu muto

    - abantu bato

    - umurima muto

    - imirima mito

    Urutonde rw’ibicumbi bya ntera

    Ikitonderwa:

    a) Igicumbi –re na –to byisubiramo ku buryo bifata indangasano

    ebyiri.

    Ingero:

    Igihe kirekire (ki-re-ki-re)

    Igihugu gitogito (ki-to-ki-to)

    b) Ibicumbi –gufi, -ke, -to bishobora kwiyongeraho-ya

    Ingero:

    Umuntu mugufiya.

    Amagambo makeya

    c) Igicumbi –niya gishobora kugira impindurantego nyinshi.

    Ingero: nuya, niniya, nzunyu, nzinya, nzuzunya, nunuya, niniriya,

    nziginya, nzugurunyu...

    d) Ibicumbi -shya, -to bishobora kwisubiramo

    Ingero:

    Umwenda mushyashya.

    Igiti gitoto.

    3.5.1.4. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa kuri ntera

    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa kuri ntera ni nk’akoreshwa ku izina mbonera.

    Ingero:

    -- Ubunyobwa bwiza: bu/-iza u→w/-J

    -- Insina ndende: n/-re-n/-re: r→d/n-

    -- Imyaka myinshi: mi/-inshi: i→y/-J

    Imbonerahamwe igaragaza ibicumbi bya ntera, intego n’amategeko y‘igenamajwi



    Umwitozo

    1. Tanga ingero 5 z’interuro wihitiyemo zirimo ntera

    2. Ca akarongo kuri ntera ziri mu nteruro zikurikira unazishakire

    intego n’amategeko y’igenamajwi.

    a) Amazi menshi cyane yangiza imyaka.

    b) Amatama masa ntasabira inka igisigati.

    c) Tubifurije urugendo ruhire.

    d) Abana bato bakenera kwitabwaho.

    e) Hashize igihe kirekire tutabonana na we.

    3. 5.2. Izina ntera

    Igikorwa

    Soma witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye muri izi nteruro, utahure inshoza n’uturango tw’izina ntera kandi ugaragaze intego yayo.

    a) Ntekereje inka z’inzungu zikamwa bafite,

    b) Karigirwa ni we mwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza

    c) Umuhungu wa Rutabikangwa yari yambaye ishati y’umutuku.

    3.5.2.1. Inshoza y’izina ntera

    Izina ntera ni ijambo riteye nk’izina, aho bitandukaniye ni uko ridashingirwaho mu isanishantego ahubwo risobanura ijambo riherekeje cyangwa risimbuye. Amazina ntera agaragaza ubwoko, akarere, ibara cyangwa igihugu ikivugwa gikomokamo. Amazina ntera yisanisha mu nteko nyinshi zishoboka ugereranyije n’izina.

    Ingero:

    - Abagabo b’abayenzi bakunda guhiga amasaka.

    - Amasuka y’amaberuka ntakiboneka.

    - Yaguze inkweto z’umutuku.

    - Umwenda w’umutirano ntumara imbeho.

    - Aya masuka si amaramba.

    - Wa mukobwa wange yashatswe n’umusore biganye w’umurundi.

    3.5.2.2. Uturango tw’izina ntera

    a) Izina ntera ryisanisha mu nteko nyinshi

    Ingero:

    Nt.1 Umwana w’umwarimu

    Nt.2 Abagabo b’abarimu

    Nt.3 Imirima y’abarimu

    Nt.16 Ahantu h’abarimu

    b) Hagati y’izina ntera n’irisobanurwa haba harimo ikinyazina

    ngenera, inshinga ni,si, -ri cyangwa kuba.

    Ingero:

    - Amavuta y’amarundi.

    - Indagara z’intanzaniya.

    - Aya masuka si amaberuka.

    -  Aya masuka ni amaberuka.

    -  Umushyitsi abaye umuzungu yahagerera ku gihe.

    - Iyi shati ari umutuku ni ho nayigura.

    c) Izina ntera rivuga ubwoko, akarere, ibara cyangwa igihugu

    ikivugwa gikomokamo

    Ingero:

    - Inzu z’indundi

    - Umupira w’umuhondo.

    d) Izina ntera rishobora gusimbura izina ryasobanuraga

    Urugero: Inka z’inzungu zirakamwa: Inzungu zirakamwa.

    3.5.2.3. Intego y’izina ntera:

    Intego y’izina ntera ni nk’iy’izina.

    Ingero:

    - Umwana w’umukobwa arangwa n’isuku: u-mu/- kobwa

    - Uyu mwarimu ni umunyarwanda: u- mu/ –nyarwanda

    - Nkunda inkweto z’ubururu: u-bu/-ruru

    Umwitozo

    1. Tanga ingero 5 z’interuro wihitiyemo zirimo izina ntera

    2. Ca akarongo ku mazina ntera ari mu nteruro zikurikira

    unayashakire intego

    - Amagi y’amazungu agura make.

    - Umwenda w’umukara urashyuha.

    - Iki gitabo ni igitirano.

    - Umwiza nari naguhitiyemo bawujyanye.

    2.5.3. Igisantera

    Igikorwa

    Soma witegereza imiterere y’amagambo atsindagiye muri izi nteruro, utahure inshoza n’uturango tw’igisantera kandi ugaragaze intego yayo.

    - Rutabingwa yari amaze icyumweru mu nama mpuzamahanga

    - Umuryango wa Rutabingwa na Kabanyana ni umuryango

    ntangarugero aho batuye.

    - Umwarimu wa Karigirwa yamubereye nk’umumarayika murinzi

    3.5.3.1. Inshoza y’igisantera

    Ibisantera ni magambo ameze nka ntera. Agaragira izina, akavuga imiterere, imimerere ariko akaba adafite ibicumbi nk’ibya ntera kandi akaba atisanisha buri gihe n’amazina biri kumwe.

    Ingero:

    - Umusaza rukukuri.

    - Umugore gito.

    - Umuco gakondo.

    - Inama mpuzamahanga.

    - Ishuri nderabarezi

    3.5.3.2. Uturango tw’igisantera

    a) Igisantera kigira umumaro w’imfutuzi y’izina.

    Ingero:

    - Umutima muhanano

    - Inyandiko mvugo

    - Umutima nama

    - Umuco nyarwanda

    b) Igisantera ntikisanisha buri gihe n’izana gisobanura

    Ingero:

    - Imikino mpuzamahanga

    - Ibisigo nyabami

    - Ishuri mbonezamubano

    - Ikigo ngororamuco.

    Ikitonderwa

    Hari ibisantera bimwe bijyana n’amagambo yagenwe ku buryo ayo magambo yitwara nk’inyumane.

    Ingero :

    - Umuhoro muhanya utema ibizarama.

    - Umurimo mwitumo ukiza nyirawo.

    - Inyoni nyoro ntitora mu ruhuri.

    - Umwana murizi ntakurwa urutozi.

    - Nta wutagira marayika murinzi.

    - Amazi masabano.

    3.5.3.3. Intego y’igisantera

    Igisantera ntikigira intego ntakuka biterwa n’inkomoko yacyo ni ukuvuga amagambo akigize.

    3.5.3.3. Intego y’igisantera

    Igisantera ntikigira intego ntakuka biterwa n’inkomoko yacyo ni ukuvuga amagambo akigize.

    Ingero:

    - Umugabo mbwa aseka imbohe: n-bwa

    - Amazi masabano ntamara inyota: ma- sab-an-o

    - Uburere mboneragihugu: n-bon-ir-a -ø- ki-hugu: n→m/-b,

    i→e/co-, k→g/-GR

    - Umwana murizi ntakurwa urutozi: mu-rir-yi: r+y→z

    - Ikigo ndangamuco: n-rang- a-ø- muco: r→d/n-

    Umwitozo

    1. Garagaza itandukaniro riri hagati y’igisantera, ntera n’izina ntera unatange n’ingero kuri buri bwoko bw’ijambo

    2. Garagaza ibisantera biri mu nteruro zikurikira unabishakire intego

    a) Nasuye inzu ndangamurage y’u Rwanda.

    b) Imikino mpuzamahanga irahimbaza.

    c) Nkunda imbyino gakondo.

    d) Inkuru mbarirano iratuba.

    III.6. Inyunguramagambo

    Igikorwa

    Amagambo abirabiri ari mu nteruro zikurikira yanditse mu nyuguti z’umukara tsiri afitanye isano. Umaze gusoma neza interuro ayo magambo arimo, garagaza isano iri hagati y’ayo magambo abirabiri maze utahure inshoza n’ubwoko by’inyunguramagambo.

    - Ishoka ya Kanamugire iratyaye.

    - Iyi ndyabiti iracyari nshyanshya.

    - Mukamana na bagenzi be bari gutera umupira.

    - Iyo igihe k’ihinga kigeze, abahinzi bihutira gutera imyaka.

    - Umuhungu wa Kwizera amaze kuba ingimbi.

    - Umukobwa umaze kuba umwangavu arangwa no kugira isuku.

    - Yananiwe kwishyura umwenda wa Banki, inzu ye itezwa cyamunara.

    - Uyu mwenda uranduye umeswe.

    - Mu ishuri twakoze imbata y’ikiganiro mpaka.

    - Nasuye masenge nsanga yoroye imbata.

    3.6.1. Inshoza y’inyunguramagambo

    Mu Kinyarwanda inyunguramagambo ni urwunge rw’amagambo umuntu akenera kugira ngo abashe gusobanukirwa no gusabana n’abandi mu mvugo cyangwa mu nyandiko.

    3.6.2. Ubwoko bw’inyunguramagambo

    Mu Kinyarwanda hari ubwoko butanu bw’inyunguramagambo ari bwo:impuzanyito (imvugakimwe), imbusane, imvugwakimwe, ingwizanyito n’impuzashusho.

    3.6.2.1. Impuzanyito

    Inshoza y’impuzanyito

    Impuzanyito ni amagambo ahuje inyito. Ni ukuvuga ko ayo magambo aba atavugitse kimwe, atanandikwa kimwe ariko ahuje igisobanuro ku buryo rimwe ryasimbura irindi mu nteruro imwe igitekerezo ntigihinduke.

    Ingero:

    - Abana: urubyaro

    - Indyo: igaburo, ifunguro.

    - Umugore utwite: umugore ufite inda.

    - Umwana: ikibondo

    - Ibyago: amakuba/ ibibazo

    - Kurya: gufungura/ kwica isari/gukora ku munwa

    - Kuzahaza: kurembya/ kunegekaza

    - Umuhanzi: umuhimbyi

    - Gupfa: kwitaba Imana/gutaha

    - Umukambwe: umusaza

    3.6.2.2. Imvugwakimwe

    Inshoza y’imvugwakimwe

    Imvugwakimwe ni amagambo yandikwa kimwe kandi agasomwa kimwe ariko nta ho ahuriye mu bijyanye n’inyito cyangwa igisobanuro. Ni ukuvuga ko ayo magambo aba asa mu rwego rw’imyandikire ariko adafitanye igisobanuro kimwe. Iyo uyarebye ugira ngo ni ijambo rimwe risobanuye kimwe; ariko si ko biri.

    Ingero:

    - Umugabo

    Umugabo batanga bakora imibare

    Umugabo igitsina gabo.

    - Kubyara

    Kubyara umwana

    Kubyara ku igisabo/isekuru/ingoma

    Kubyara umuntu yari yashobewe (kumugoboka)

    - Inka

    Itungo ryo mu rugo

    Amasaro bakinisha igisoro

    Izo bakoresha mu mukino w’ikibariko (imbata)

    - Imbata

    Imbata y’umwandiko

    Imbata y’itungo

    3.6.2.3.Impuzashusho

    Inshoza y’impuzashusho

    Impuzashusho ni amagambo yandikwa kimwe ariko adasomwa kimwe kandi nta ho ahuriye mu bijyanye n’inyito cyangwa igisobanuro. Ni ukuvuga ko ayo magambo aba asa (ahuje ishusho mu nyandiko isanzwe) ariko uko avugwa ndetse n’igisobanuro nta ho bihuriye. Ayo magambo atandukaniye ku butinde bw’imigemo n’imiterere y’amasaku.

    Ingero:

    - Inkoko

    Inkoko: Itungo

    Inkoko: Igikoresho bagosoza imyaka.

    - Imyenda

    Imyenda: imyambaro

    Imyenda: amadeni

    - Inda

    Inda: igice cy’umubiri

    Inda: udusimba tujya mu myenda cyanngwa mu misatsi duterwa

    n’umwanda.

    - Gutara:

    Gutara: Gushyira ibitoki mu rwina

    Gutara: Gushakashaka cyangwa gukusanya ibintu bitatanye cyane

    - Ikiraro

    Ikiraro: Iteme bambukiraho

    Ikiraro: Inzu y’inka cyangwa andi matungo

    - Gutaka

    Gutaka: Gusakuza bitewe n’ikikubayeho

    Gutaka: Gushyira imitako ku kintu

    - Guhuma

    Guhuma:Kurwara amaso

    Guhuma: Kuvuga kw’impyisi

    3.6.2.4. Ingwizanyito

    Inshoza y’ingwizanyito

    Ingwizanyito ni amagambo yandikwa kimwe, asomwa kimwe ariko

    afite cyangwa ibisobanuro byinshi. Igisobanuro cya buri jambo gifutuka

    iyo umuntu yongeyeho icyuzuzo cyangwa imfutuzi.

    Ingero:

    - Umuti

    Umuti w’ibibazo

    Umuti uvura indwara

    - Gusoma

    Gusoma ibitabo

    Gusoma misa

    Gusoma umuntu

    Gusoma ikinyobwa

    Gusoma impyisi (Inshoberamahanga)

    - Kwakira:

    Kwakira umushyitsi

    Kwakira kuruhura undi (umuzigo)

    - Gusenga:

    Gusenga Imana

    Gusenga ikibindi

    3.6.2.5. Imbusane

    Imbusane ni amagambo afite inyito zinyuranye ari byo byitwa kubusana. Ni ukuvuga ko inyito zayo zivuguruzanya mu ngingo abumbatiye. Mu Kinyarwanda bakunda gukoresha iki kimenyetso giteye gitya (≠) bagaragaza amagambo y’imbusane.

    Ingero:

    Umwitozo

    1. Simbuza mu nteruro zikurikira amagambo ari mu mukarautsindaye impuzanyito zayo.

    a) Umuturanyi wacu Kanakuze yabyaye abana babiri.

    b) Witera amabuye muri kiriya giti kirimo ibyiyoni utangiza ibidukikije.

    d) Nagiye kwa Sogokuru nsanga adahisha amazi uruho.

    2. Hitamo rimwe mu magambo wahawe ari mu dukubo, wuzurishe interuro zikurikira imbusane zayo (munini, gutsinda, guhaga, ubushyuhe)

    a) Abakinnyi b’umupira w’amaguru mu kigo cyacu bakunda.............................

    b) Iyo abana bavuye ku ishuri baba.........................cyane.

    c) Mu bihugu by’i Burayi ...................................bumara igihe

    kirekire.

    d) Uyu murima.........................ni wo wezemo ibigori bingana

    kuriya?

    3. Koresha buri jambo muri aya akurikira mu nteruro eshatu

    zinyuranye.

    a) Gutera. b) Gusoma.

    4. Koresha buri jambo muri aya akurikira mu nteruro ebyiri zifite inyito zigaragaza ko ayo magambo ari impuzashusho.

    a) Kuvura

    b) Guhisha

    c) Gushima

    III.7. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    1. Vuga ubwoko bw’amagambo ahinduka wize hanyuma kuri buri bwoko bw’ijambo wandike interuro yawe wihimbiye. Ca akarongo kuri ubwo bwoko bw’ijambo ugaragaze intego yaryo n’amategeko y’igenamajwi.

    2. Ukoresheje ikeshamvugo rikoreshwa mu mivugo n’inyunguramagambo zitandukanye wize, hanga umuvugo mugufi uvuga ku burenganzira bwa muntu uzawuvugire imbere ya bagenzi bawe.


    III.8. Isuzuma risoza umutwe wa gatatu

    umwandiko: Umutego mutindi

    Iribagiza yari umukobwa w’uburanga kavukire n’ubupfura bihebuje. Yarangwaga n’imyambarire itigana iya kizungu bikabije kuko we yikundiraga imyambaro gakondo, kandi agakunda ibara ry’idoma muri rusange. Ku murimo we wo kwakira abantu mu Kigo Ndangamuco yakoragamo, yashimwaga n’abantu bose.

    Umunsi umwe yazindutse ajya ku kazi ke nk’uko byari bisanzwe. Akihagera, asanga umuyobozi we Gashyeke yahageze ari mu biro. Ni ko kumuhamagara, undi na we aramwitaba.

    Akimugera imbere aratangira ati: “Ndagushimira ubwitange n’umurava byinshi bikuranga mu kazi, ku buryo nsanga uri umukozi w’indashyikirwa.” Ubwo Gashyeke yabikoze agira ngo abone aho amuhera amwiyegereza bage bagirana ikiganiro kihariye buri gihe. Nyamara Iribagiza utari uzi ikibyihishe inyuma aramusubiza ati: “Murakoze kumbwira ibyiza mumbonaho mu kazi, nange nzakomeza kubabera umukozi mwiza ukorana umurava igihe cyose.”

    Nyuma y’igihe gito, shebuja Gashyeke amutumaho mu biro bye, ngo amuzamure mu ntera, kubera imikorere ye myiza. Amugira umwungiriza we wa hafi ngo age yakira ubutumwa bw’akazi bwose abe ari we ubusubiza.Ibyo byashimishije Iribagiza wumvaga ari byiza gushimirwa imyitwarireye no kugirirwa ikindi kizere agahabwa inshingano nshya.

    Ntibyatinze shebuja amutumaho nk’ibisanzwe ariko afite undi mugambi kuri we. Yari yarabuze aho yamuhera kuko yari azwiho ubwitonzi n’ukwiyubaha gukomeye kandi akubaha buri wese. Ubwo Gashyeke amuhereza ibaruwa y’ubutumwa bw’akazi bwagombaga kumara iminsi itanu bari i Rubavu bombi. Iribagiza abwira ababyeyi be iby’ubutumwa bw’akazi yahawe kuko nta na rimwe yabahishaga gahunda ze z’akazi kubera ikizere yabagiriraga. Se abubonye agira amakenga.

    Yahise ahamagara umuporisi bari baziranye wakoreraga i Rubavu kuzamukurikiranira umutekano w’umukobwa we nagera muri Serena Hoteri. Ibyo yabikoze mu ibanga atamenyesheje Iribagiza ndetse na nyina. Bageze kuri Hoteri bari bateguriwe gucumbikamo, Iribigiza ahabwa urufunguzo rw’icyumba yagombaga kuraramo. Nyamara ntiyari azi ko umuyobozi we Gashyeke yahawe n’abakozi ba Hoteri urundi rufunguzo rw’icyumba ke kugira ngo bimufashe kugera ku mugambi mubisha wo kumufata ku ngufu yari yateguye. Igicuku kinishye, Gashyeke aranyonyomba maze akingura buhorobuhoro icyumba cya Iribagiza. Yiroha mu buriri, aba yambuye iribagiza ikanzu yo kurarana y’umweru yari yambaye, ashaka kumufata ku ngufu, batangira kugundagurana ari nako Iribagiza ataka atabaza.

    Umuporisi wari wasabwe gukurikiranira hafi umutekano w’Iribagiza, aba yumvise Iribagiza ataka, arira yihutira kujya kureba icyo abaye. Asaba abakozi ba hoteri gufungura icyo cyumba, batungurwa no gusanga Iribagiza arwana n’umuyobozi we ashaka kumufata ku ngufu. Bamwambika amapingu ndetse n’uwamufashije muri uwo mugambi na we atabwa muri yombi bashyikirizwa inzego zishinzwe guhana ibyaha by’ihohotera. Porisi yasize yihanangirije abakozi ba hoteri ko badakwiye guha icyuho abagizi ba nabi baba bashaka gukorera ibikorwa by’ihohoterwa mu macumbi yabo. Bongeraho ko uzafatwa azahanwa by’intangarugero.

    Kuva ubwo Iribagiza yahise ashinga ihuriro rirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kandi riharanira kwimakaza umuco wo kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwa muntu muri rusange.

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko.

    Subiza ibibazo bikurikira.

    1. Ni nde munyarubuga mukuru uvugwa muri uyu mwandiko?

    2. Ni iki cyateye Gashyeke kuzamura Iribagiza mu ntera nk’umukozi w’indashyikirwa?

    3. Ni iki cyapfubije umugambi mubisha Gashyeke yari yateguye?

    4. Ni izihe nsaganyamatsiko z’ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko? Sobanura mu nshamake buri nsanganyamatsiko.

    5. Vuga muri make uburyo abahohotera abandi bashobora kushyira ubuzima bwabo mu kaga.

    6. Ni iyihe nyigisho y’ingenzi ukuye muri uyu mwandiko?

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo

    1. Sobanura kandi ukoreshe mu nteruro amagambo akurikira:

    a) Indashyikirwa

    b) Amakenga

    c) Kunyonyomba

    2. Huza ijambo riri mu ruhushya rwa mbere n’imbusane yaryo iri  muruhushya rwa kabiri


    3. Ongera usome umwandiko “Umutego mutindi”, ushakemo impuzanyito z’amagambo akurikira:

    a) Arafungwa

    b) Imyifatire

    c) Imirimo

    d) Intangarugero.

    4. Koresha buri jambo muri aya akurikira mu nteruro ebyiri zifite inyito zinyuranye.

    a) Ikirere

    b) Intama

    5. Andika nteruro ebyiri zigaragaza izindi nyito z’ijambo ryanditse n’umukara tsiri.

    Rukundo ni we utera indirimbo mu itsinda ndirimbamo.

    6.Tandukaya amagambo y’imvugwakimwe wihitiyemo ukoreshe interuro.

    7. Wifashishije ingero eshatu, sobanura ingwizanyito.

    8. Koresha interuro maze utandukanye amagambo abiri y’impuzashusho.

    III. Ibibazo by’ikibonezamvugo

    1. Soma igika cya mbere cy’umwandiko “Umutego mutindi”utahuremo amazina gakondo, ntera, amazina ntera n’ibisantera.

    2. Garagaza intego n’amategeko y’igenamajwi by’amagambo yanditse n’umukara tsiri.

    a) Umutego mutindi ushibukana nyirawo.

    b) Iribagiza yambaraga imyenda y’ibara ry’idoma.

    c) Iribagiza yahawe igihembo cy’umukozi wagaragaje imikorere ye myiza.

    d) Yaguze ikanzu yo kurarana y’umweru.

    IV. Ibibazo ku muvugo

    Hitamo imwe mu nsanganyamatsiko zikurikira maze uhange umuvugo mugufi utarengeje imikarago makumyabiri:

    a) Umwana ni umutware.

    b) Uburenganzira bwe nibwubahirizwe.

    Mu muvugo wawe hagaragaremo ikeshamvugo rinyuranye( ijyana zinyuranye, imibangikanyo inyuranye, ihwanisha, igereranya,...)

    UMUTWE WA 2: UMUCO NYARWANDAUMUTWE WA 4: KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJE