• IGICE CYA II : 2. IMIBARE

    Ibikoresho by’ibanze bikenewe:

    Impapuro, ibishyimbo cyangwa ibindi binyamisogwe.

    z

    Shushanya ishusho ku ikarita; uruziga, umwashi, kare, mpande 
    eshatu,urukiramende cyangwa imibare ariko ubishushanye igice ishusho yose 
    utayigaragaje uko yakabaye. Ibyo washushanyije bigire binini bihagije kugira 
    ngo abana babibone mu buryo butabagoye kandi biborohere kubikoresha. 
    - Koresha utudomo mu kuzuza ishusho.
    - Ugomba kuba ufite agakarito karimo ibishyimbo, ibigori cyangwa izindi 

    mpeke cyangwa ibinyamisogwe. 

    s

     Abana bashishikarizwa kwigana uko ishusho ishushanyije bakoresheje urutoki 
    bakurikiza uko ishusho imeze, hanyuma bagakoresha ibishyimbo cyangwa 
    ibigori bakuzuza ishusho uko iri ku murongo.
    – Uko abana bagenda bakura, amashusho buzuza ashobora kuba imibare 

    cyangwa amashushongero.

    - Kumenya kwitegereza.
    - Gukora amashusho n’imibare.
    - Guhugira ku kintu kugeza ugeza ku ntego.

    - Gukuza imiyego y’ingingo nto no gukorana ubushishozi.

    Igihe abana batondeka ibishyimbo, ibigori, utubuye cyangwa ibindi nka byo, 
    umurezi agomba kubashishikariza gukoresha amaboko yombi kuko biteza imbere 

    ibice byombi by’ubwonko.

    Gutegura uyu mukino w’ uruhererekane tugendera ku ntambwe zigaragarira mu 

    mashusho akurikira:

    w

    Gushyira hamwe ibihuje ibara (Imyaka 2 kugera kuri 6)


    Abana bato bakururwa n’ amabara.Iyo ubahaye ibintu bifite amabara atandukanye 
    batanguranwa gutora no kurundarunda ibifite amabara ashimishije.

    Abana bato bayatondeka uko babyumva, akenshi bakunda guhitamo ibifite amabara 

    asa.

    Gukora uruhererekane rw’ amabara (Imyaka 4 kugera kuri 6)


    Ibikoresho bikenewe :
    – Impapuro z’amabara cyangwa izindi ziboneka, ikaramu y’ igiti, umukasi, 
    amakaramu y’amabara.
    – Aho impapuro z’amabara bigoranye kuzibona umurezi yakwegera abadozi 
    bakamuha udutambaro tw’amabara tuba twarasagutse ku myenda badoda 

    akaba ari two ashushanyaho agakata.

    s

     Ushushanya ikibabi ku rupapuro hanyuma ukagikata , ukagenda usiga 
    amabara anyuranye mu bibabi byose wakase , bitewe n’ umubare w’ 
    uruhererekane ushaka gukora.
    – Iyo ufite impapuro z’ amabara atandukanye , uzishushanyaho ishusho y’ 
    ikibabi hanyuma ukayikataho.
    – Iyo ari imyenda igomba kuba ifite amabara atandukanye, Uyishushanyaho 

    hanyuma ugakata amashusho.

    d

    – Umurezi atangira uruhererekane.
    – Abana bitegereza uruhererekane bahawe hanyuma bagatondeka amashusho 

    y’ibibabi cyangwa ibindi bubahiriza uruhererekane bahawe.

     Ibikoresho bikenewe :
    Impapuro zisanzwe cyangwa iz’amabara iyo zihari cyangwa ikarito, umukasi, 

    ikaramu y’ igiti.

    s

    Shushanya ishusho (uruziga, umwashi, kare, mpande eshatu n’urukiramende) 
    ku makarita, udukarito cyangwa ku mufuka. Ibyo washushanyije bigire binini 
    bihagije kugira ngo abana babibone mu buryo butabagoye kandi biborohere 

    kubikoresha.

    w

    Abana batondeka amakarita bagendeye ku binyampande, ku maforomo cyangwa 
    ku mabara bitewe n’ibyo wabateguriye. Bashobora kubikora mu gihe k’ inguni y’ 

    imibare cyangwa igihe bari hanze bateza imbere ubumenyi bw’ imibare.

    s

    - Gukora amashusho n’imibare 
    - Ubushobozi bwo kubona no kuzuza uruhererekane rw’amabara 
    n’amashusho

    - Gukuza imiyego y’ingingo nto n’ ingingo nini no gukorana ubushishozi.

    – Umwaka wa 2 umutwe wa 6: Amashushongero
    – Umwaka wa 2 umutwe wa 8, umwaka wa 3 umutwe wa 9: Uruhererekane 

    rwisubiramo.

    Ibikoresho bikenewe

    Amakarita y’ imibare asize amabara anyuranye.

    m

    – Umurezi ategura amakarita y’ imibare , akayasiga amabara anyuranye kugira 
    ngo bishimishe abana. Umubare umwe wandikwa inshuro nyinshi kugira ngo 
    haboneke imibare ikwira abana mu matsinda.
    – Umurezi ashyira mu dufuka cyangwa udukarito imibare kuva kuri 1 kugeza 

    kun 10 harimo isa. Udufuka tungana n’umubare w’amatsinda.

    m

    – Abana batondeka imibare bahereye ku muto bajya ku munini.
    – Bashobora no gushyira hamwe imibare yisubiramo.
    – Iki gikorwa gishobora gukorerwa mu gihe k’ inguni y’ imibare cyangwa igihe 
    k’ imibare aho abana bashobora gukina batanguranwa gutondeka imibare 

    kandi babyishimiye

    m

    - Gutondeka imibare uva ku muto ujya ku munini.

    - Guhuza imibare isa

    m

    Koresha ibishyimbo, imifuniko y’amacupa, ibipesu cyangwa amasaro ubihe 

    abana mu gihe k’imibare babyifashishe mu gukora imibare. 

    s

    Umwaka wa 2 n’uwa 3 : umutwe wa 1: Imibare kuva kuri 1 kugeza ku 10.

    Ibikoresho bikenewe: Amabuye, aho kurambika (umukeka, shitingi), amazi 

    n’isabune byo gukaraba nyuma y’igikorwa / umukino.

    u

    – Gutoragura utubuye duto.
    – Gutegura udukarito two kubikamo utubuye. Utwo dukarito tugomba kungana 

    n’ umubare w’amatsinda iyo imyitozo ikorewe mu ishuri.

    h

    – Jyana abana bose hanze bafite amabuye yabo.
    – Bashyire ku murongo babiribabiri barebana, umurongo umwe uwite ‘A’undi 
    uwite ‘B’.
    – Bashyire ya mabuye imbere yabo.
    – Umurezi asaba abana bo ku murongo wa ‘A’gufata amabuye ane.
    – Abana bo ku murongo A bafata amabuye ane bakayabarira mu biganza 
    by’abana bo ku murongo B noneho bagasubira ku murongo wabo.
    – Umurezi abwira abana bo ku murongo B gufata amabuye arindwi bakayabarira 
    mu biganza by’abana bo ku murongo A.

    – Gukomeza kubara imibare itandukanye.

    Umurezi ashobora gukoresha ubu buryo mu ishuri cyangwa hanze y’ishuri mu 

    gihe k’imibare

    m

    - Ibikorwa bishingiye ku bushobozi bw’umwana,abana bose bagomba 
    gukora kandi mu gihe kimwe 
    - Abana biga gukorera hamwe.
    - Abana bigira kuri bagenzi babo.
    - Abana barabara, bamenya imibare, bamenya guteranya no gukuramo.
    - Abana babona amahirwe yo guhaguruka, kugenda no kunama mu gihe 

    bari gukora imyitozo inyuranye.

    n

    Imyaka 4 kugera 5 
    – Abarezi bo mu mwaka wa kabiri w’amashuri y’inshuke bakoresha amakarita 
    ariho imibare kuva kuri 1 kugera kuri5 bagahamagara umubare umwana 
    akagenda akawufata

    Imyaka 5 kugera 6

    – Abana bo mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’inshuke bakoresha amabuye bari 
    mu matsinda umurezi agasaba buri tsinda gutoranya umubare bakayateranya 
    n’ay’itsinda bateganye. Urugero:itsinda“A” bagafata amabuye atatu naho 
    itsinda “B” bagafata amabuye atanu bakayashyira hamwe bose bakabara 
    bagasanga bafite amabuye umunani. 
    – Bakoresha amakarita manini yanditseho imibare kuva kuri 1 kugera ku 10

    Imyaka 6

    – Buri mwana wo mu ishuri ry’inshuke mu mwaka wa gatatu yicaye ku ntebe 
    cyangwa ku mukeka / ikrago, agomba kuba afite amabuye n’agakarito. 
    Umurezi asaba buri mwana guteranya cyangwa gukuramo bashyira muri ka 
    gakarito dusanga mu rupapuro rw’isuku hanyuma bakabara amabuye bafite 

    mu gakarito kugira ngo bamenye igisubizo.

    - Umwaka wa 1 ,uwa 2 n’uwa 3 w’amashuri y’inshuke: Umutwe wa 1:kubara. 
    - Umwaka wa 3 w’amashuri y’inshuke: Umutwe wa 3: Guteranya no gukuramo



    Ibikoresho bikenewe :

    Igikarito cyangwa urupapuro rukomeye, imakasi.

    w

    – Shushanya ikintu runaka. Urugero: umugozi ugoronzoye.
    – Kata uduce kuri cya gishushanyo ukoresheje marikeri .
    – Shushanya ishusho muri burigace ka wa mugozi.
    – Wa mugozi wukatemo uduce byibuze kuva kuri 6 kugera ku10, ukatire aho 
    wakatishije marikeri.
    – Abana buzuza urwo rukurikirane buri wese ku giti ke, babiribabiri cyangwa 
    mu matsinda mu gihe k’ inguni y’ ururimi cyangwa mu mikino y’ imibare 

    hanze y’ ishuri.

    c

    Vangavanga uduce wakase, hanyuma usabe abana kuzuza umunyorogoto 
    bashyira hamwe twa duce .

    - Abana bongera ubumenyi bwo gushyira ibintu kuri gahunda. 

    - Abana bongera ubumenyi bwo gutekereza no kwikemurira ibibazo.

    s

    Koresha amashusho atandukanye ,amafi maremare moto cyangwa ibindi abana 
    bishimira. 

    - Umwaka wa 1 ,uwa 2 n’uwa 3 w’amashuri y’inshuke: Umutwe wa 1:kubara. 


    Ibikoresho bikenewe :
    Impapuro,amabuye, ububiko ,marikeri cyangwa amakaramu y’ igiti.
    m
    – Shyira hamwe amabuye makumyabiri afite amashusho n’ingano 
    zitandukanye .
    – Yabike atandukanye mu gikombe,agakarito cyangwa mu gikapu.
    – Fata ibuye urirambike ku rupapuro ubundi ufate marikeri cyangwa ikaramu 
    y’ igiti uzenguruke kuri rya buye ugenda ushushanya mu iforomo y’uko ibuye 
    riteye.
    – Shushanya ku rupapuro rukomeye amaforomo atandukanye bitewe nuko 
    ibuye riteye wifashishije ya mabuye ufite. 

    m

    – Shyira amabuye n’amashusho washushanyije mu nguni y’imibare maze ureke 
    abana babikoreshe mu igihe k’imikino yo mu nguni.
    – Abana bareba bitonze ibuye bakarihuza n’ishusho ryaryo rishushanyije ku 

    rupapuro rukomeye.


    - Abana baragereranya bakanapima ingano z’amashusho.
    - Abana babasha gufata amabuye.
    - Abana bafata ibyemezo bagendeye ku mahitamo ahari, kuko amabuye 

    amwe ahita ahura n’amashusho byoroshye.

    m

    – Hashobora gukoreshwa ibikoresho bigaragara neza mu guhuza ikintu runaka 

    n’ishusho yacyo.Urugero: nk’ibikombe, ibiyiko, amakaramu n’ibindi

    – Umwaka wa 1 n’uwa 2 w’amashuri y’inshuke: Umutwe wa 2:Gushyira ibisa 
    hamwe.

    – Umwaka wa 2 w’amashuri y’inshuke; Umutwe wa 3: igereranya ry’ibintu.

    Ibikoresho bikenewe:

    Uduti dufite uburebure butandukanye

    m

    Shyira hamwe uduti dufite uburebure butandukanye.

    z

    Imyaka 4-5
    – Abana bagereranya uduti 2 bagatahura akagufi /akarekare.
    – Abana bagereranya uduti 3 hanyuma 4.

    Imyaka 5-6

    – Abana batondeka ku murongo bava ku gati karekare bajya ku kagufi cyangwa 
    bava ku gati kagufi bajya ku gati karekare kurusha utundi.

    – Abana babikora mu gihe k’ imibare cyangwa mu gihe k’ inguni.

    Ibikoresho bikenewe
    Ibumba cyangwa uduti, ahantu ho kubumbira: ameza, igikarito, hasi, amazi meza yo 
    gukaraba nyuma y’igikorwa.

    Ibumba ritabonetse wakoresha Igitaka cy’imonyi cyangwa inombe byakoreshwa.

    \

     Umurezi atunganya ibumba ( gukata ibumba bakoresheje ibiganza)
    – Umurezi abumba utuntu dufite uburebure butandukanye
    – Abana babumba bagendeye ku bipimo,ikigufi, ikisumbuyeho n’ ikirekire 
    bahereye ku rugero umurezi yabahaye.
    – Iyo barangiye kubumba batondeka ibyo babumbye bagendeye ku kirekire 
    kurusha ibindi bajya ku kigufi kurusha ibindi.
    – Abana bapima uburebure bw’ibintu bakoresheje uduti cyangwa ibumba 
    bakavumbura ibintu bigufi,ibirebire,...
    – Abana babikora mu gihe k’ imikino yo mu nguni cyangwa igihe bari kwiga 

    gupima mu mibare.

    Ibikoresho bikenewe

    Umufuka , marikeri, utubabi dufite uburebure butandukaye, irati.

    s

    – Shushanya ku mufuka imirongo isumbana ( imigufi, imiremire, iringaniye) 
    kandi mu byerekezo binyuranye.
    – Tegura amababi y’ ikimera harimo ayareshya na ya mirongo washushanyije 

    maze uyarambike iruhande rw’ umufuka avangavanze.

    e

    – Abana bitegereza imirongo iri ku mufuka hanyuma bagahitamo akababi mu 
    turambitse aho iruhande bakagahuza n’ umurongo bireshya muri yayindi 

    ishushanyije ku mufuka.

     Gupima uburebure, kugereranya ukoresheje ibikoresho bitandukanye 
    kandi biboneka mu buryo bworoshye bifasha abana gutekereza byimbitse, 
    gukorana ubushishozi no kwishakamo ibisubizo.
    - Abana batera imbere mu kugereranya uburebure bw’ibintu bitandukanye.
    - Abana bamenyera gushyira ku murongo ibintu bitandukanye ukurikije uko 

    birutana mu neshyo yabyo.

    d

    – Koresha ibindi bikoresho karemano nk’ amababi y’ibimera biboneka aho 
    mutuye.
    – Abana bakiri bato cyane bashobora gupima bakoresheje ibintu bike nk’ uduti 

    dutatu, amababi atatu n’ ibindi

    d

    - Umwaka wa 1 n’uwa 2 :Umutwe wa 2: Gushyira hamwe ibisa , umutwe wa 
    3: Igereranya 

    - Umwaka wa 2 :Umutwe wa 3: igereranya 

    Intambwe zigaragara mu mashusho akurikira zirerekana uko umurezi ashobora 

    gukora amakarita y’ imibare

    Ibikoresho bikenewe:

    Tripuregisi (Triplex),ikaramu y’ igiti, irati,icyuma marikeri, amakaramu y’ amabara.

    d

    – Andika imibare kuri tiripuregisi ( Triplex) 
    – Fata icyuma ukatemo amakarita ariho ya mibare,. Siga amabara muri ya 
    mibare cyangwa uharire abana bayasige mu gihe bari mubikorwa byo 

    munguni.

     Abana batondeka imibare uko babyumva bashimishijwe n’ amabara babonamo. 
    Bashobora kwegeranya imibare ifite ibara rimwe n’ iyindi y’irindi bara ukwayo. 

    – Umurezi aha abana ibintu binini badashobora kumira.

    - Abana bahabwa amabara n’ amakarita ariho imibare bakayisiga amabara 
    ari nako bamenyera uko yandikwa.Iyo bamaze kuyisiga barayitondeka uko 

    ikurikirana.

    Ibikoresho bikenewe :
    Ubudodo, umushipiri, ikarito, marikeri, ikaramu, ikaramu y’igiti, umusumari, buji 

    n’ikibiriti.

    x

    – Ku gice k’ikarito shushanyaho imibare minini ukoresheje marikeri. .
    – Tobora muri iyo mibare utwobo ukoresheje, ikaramu y’igiti cyangwa 
    umusumari; bikore witonze ku buryo utwo twobo na two tuba dukora 
    ishusho y’uwo mubare.
    – Inyuma ku ikarito shushanyaho umurongo uhuza utwo tudomo ukoresheje 
    marikeri ku buryo inzira z’umubare zigaragara inyuma ku ikarito ukurikije 
    uko wanditse imbere. 
    – Gereranya uburebure bw’urudodo cyangwa umushipiri wakoreshwa mu 
    guhuza twa twobo twose twanyujijwe mu umubare. 
    – Shyira ipfundo rikomeye ku mutwe umwe w’urudodo cyangwa umushipiri 
    ubundi utangire uhuze twa twobo usa n’uri kudoda umwenda, uhereye aho 
    umubare utangirira kandi wubahiriza amerekezo y’imyandikire y’imibare.
    – Twika urundi ruhande rw’ umushipiri, wifashishije buji n’ikibiriti, ukore irindi 
    pfundo aho umubare urangiriye ku rundi ruhande rw’ubudodo kugira ngo 

    urudodo cyangwa umushipiri bidasosoka

    s

    – Umwana ashishikarizwa kwigana umubare runaka akoresheje intoki ze, 
    akanabara utwobo dukoze uwo mubare.
    – Umwana akoresha urudodo cyangwa umushipiri mu guhuza twa twobo 
    twanyujijwe muri wa mubare, yarangiza umurezi akamubwira gukuramo rwa 
    rudodo cyangwa wa mushipiri agahereza mugenzi we na we agakora uwo 

    mwitozo. 

    - Bifasha abana kumenya imibare. 
    - Bifasha abana gukora imibare. 
    - Bifasha abana kongera ubumenyi bwo gukora unitegereza. 

    - Bifasha abana kwirinda, ubushishozi no kwikosora. 

    d

    Kora amakarita afite amashusho atandukanye nk’uruziga, urukiramende, mpande 
    enye, mpande eshatu upfumuremo utwobo ubundi usabe abana bo mu mwaka 
    wa kabiri banyuzemo urudodo cyangwa umushipiri bahuza umuzenguruko.

    Kora amakarita arimo imirongo yinyuranamo ushyiremo imyobo minini maze 

    usabe abana bafite imyaka 3 - 4 na bo bahuze ya myobo bakoresheje urudodo 
    cyangwa umushipiri. Fasha umwana ku buryo nta mwobo n’umwe asimbuka 

    atanyujijemo urudodo cyangwa umushipiri. 

    - Umwaka wa 1 uwa 2 n’uwa 3 w’amashuri y’inshuke: Umutwe wa 1: 
    Imibare, kubara.

    - Umwaka wa 3 w’ amashuri y’inshuke: Umutwe wa 7: Amashusho ngero

    Gutondeka imibare ku biti


    Buri mwana afata igiti kimwe kiriho umubareakawumenya ku buryo nibawuhamagara 

    yitaba.

    Gushinga ibiti biriho imibare mu gasanduku k’ imibare


    Abana bashinga mu gasanduku ibiti biriho imibare bari bafite igihe bakinaga 
    umukino, buri mwana agatunganya umubare we neza ku buryo ugaragara

    Ibikoresho bikenewe : 

    Ibikarito, umukasi, ,impapuro z’amabara, inkoni cyangwa ibiti bito , marikeri,
    ubujeni cyangwa amata y’imiyenzi...
    c
    – Andika imibare ku makarita byibuze buri mubare wisubiremo inshuro zirenga 
    eshatu.
    – Shyira amakarita ku uduti ukoresheje ubujeni noneho udutondeke. 

    cd

    – Umwana ava mu mwanya we akaza agafata agati kariho agapapuro kanditseho 
    umubare runaka maze agasubira mu mwanya we.
    – Umurezi asaba abana kureba imibare yanditse ku dupapuro, akababwira 
    ko navuga umubare runaka umwana uwufite, yitaba avuga ati: “Ndi hano” 
    hanyuma agahaguruka akabwira bagenzi be umubare afite. Urugero: Gatanu 
    uri he? Maze umwana ufite uwo mubare agahaguruka akavuga ati: “Ndi 
    hano.” Akazamura agati afite akabwira abandi umubare afite.
    – Umurezi akomeza guhamagara n’indi mibare abana bakitaba nk’uko uwa 
    mbere yabikoze. 
    – Uyu mukino abana bawukina mu igihe cy’ ubumenyi bw’imibare cyangwa mu 
    gihe k’imikino yo mu nguni.
    – Umwana umaze kuvuga umubare we akanawerekana , aragenda akawushinga 

    mu gasanduku k’ imibare

    m

    – Umurezi asaba buri mwana gufata imibare ibiri itandukanye, akabwira abana 

    bafite imibare isa bakegerana, cyangwa abana bagakoresha imibare yanditse 

    ku mabuye.

    – iyi mfashanyigisho yakwifashishwa mu mwitozo wo guhuza ikarita iriho 

    umubare n’ingano y’ibintu.

    Imibare yanditse ku mabuye ( imyaka 5 kugera 6)

    - Gutondeka imibare 

    - Gufata mu mutwe imibare 

    Ibikoresho bikenewe: 

    Impapuro, marikeri, ikaramu y’igiti.

    Kata impapuro nyinshi mu ishusho y’igi cyangwa indi shusho maze wandikeho 

    imibare itandukanye.

    - Umwana afata urupapuro maze akareba umubare uriho agakora utudomo 
    tungana n’umubare wanditse ku rupapuro yafashe, yifashishije ikaramu 
    y’igiti. 
    - Abana bakora mu gihe k’imibare cyangwa mu gihe k’imikino yo mu nguni 

    cyangwa umubyeyi akabikorana n’umwana we bari mu rugo

    - Byongera ubumenyi bwo kubara no kwibuka imibare.

    - Uyu mwitozo kandi ufasha abana gukuza imiyego y’ingingo nto . 

    - Umwaka wa 1, 2 n’uwa 3: Umutwe wa 1: Imibare.

    – Abana batekereza umubare uri kuburamo bakawuvuga.

    – Bashaka umubare ubura mu gakarito k’imibare bakawushyira mu myanya wawo.

    - Abana barabara bagatekereza imibare iri kuburamo. Iyo mibare iba yubitse 
    imbere yabo.
    - Iyo bashoboye kumenya umubare ubura , bubura ikarita imwe yasanga ihuye 
    n’ uwo mubare akayitondeka mu mwanya wayo.
    - Iyo umwana asanze iyo yubuye atari yo arongera akayubika aho yariri akubura 

    indi

    Ibikoresho bikenewe
    Igikarito , irati, marikeri, imifuniko y’amacupa cyangwa amakarita mato akoze mu 

    bikarito cyangwa mu mpapuro zikomeye.

    – Shushanya utuzu turi ku murongo umwe cyangwa imirongo ibiri iteganye ku 
    gikarito, ukoresheje irati na marikeri. Shaka imifuniko y’amacupa. Ushobora 
    no gukata udukarita duto ugereranyije n’utuzu washushanyije mu ikarito. 
    – Andika imibare neza uko ikurikirana muri twa tuzu ku gikarito wubahiriza uko 
    ikurikirana, nta numwe usimbutse. 
    – Andika imibare ku mifuniko y’amacupa cyangwa ku dukarita duto wakoze mu 
    rupapuro rukomeye cyangwa mu ikarito. 
    – Shyira imifuniko y’amacupa yanditseho imibare cyangwa udukarita duto, 
    muri twa tuzu twanditsemo imibare. Bikore ubihuza kandi wubahiriza uko 
    imibare ikurikirana ariko ugende usimbukamo imibare imwe n’imwe iza 
    kuzuzwa hakoreshejwe imifuniko cyangwa udukarita tutashyizwe mu tuzu 

    bihuje imibare.

    – Umwana asoma imibare yanditse mu tuzu, ku ikarito ayikoraho, iyo ageze 
    ahantu hari umubare ubura awuzuzamo akoresheje ya mifuniko y’amacupa 
    cyangwa twa dukarito duto twasimbutswe tuba twanditseho imibare.
    – Umurezi n’abandi bana bashimira umwana wujuje neza utuzu akoresheje 

    imifuniko cyangwa agakarita kariho umubare bijyanye.

    - Kumenya imibare no kuyitondeka ku murongo yubahiriza uko ikurikirana.

    – Guhuza imibare n’utudomo turi ku mifuniko y’amacupa cyangwa ku dukarita 
    duto.
    – Uyu mukino ukinwa n’abana bafite imyaka 5 - 6.

    - Umwaka wa 1, uwa 2 n’uwa 3 :Umutwe wa 1: kubara 

    - Umwaka wa 3 : Umutwe wa 4: Gutondeka

    Imyaka 3 kugera 4


    Ibikoresho bikenewe

    Igikarito, irati, marikeri,imakasi.


    – Fata ibikarito bikomeye ukatemo urukiramende, kata byinshi cyane bitewe 
    n’ibyo ukeneye.
    – Hejuru ku rukiramende andikaho umubare rimwe, hasi ushushanyeho 
    ishusho imwe / akadomo kamwe. 
    – Ku rundi rukiramende na rwo rungana nk’urwa mbere hejuru andikaho kabiri 
    hasi ushushanyeho amashusho abiri cyangwa ushyireho amafoto abiri.
    – Komeza utyo kugera igihe urangirije imibare yose ushaka ariko ukore uko 
    ushoboye imibare n’amashusho bibe ari binini cyane ku buryo byorohera 
    umwana kubibona no kubikoresha.
    – Fata buri rukiramende urukate utandukanye imibare n’amashusho / utudomo 
    ubikate mu ishusho ushaka ariko yorohera umwana mu gihe cyo guhuza 
    imibare n’amashusho / utudomo.


    – Mu gihe k’imibare umurezi aha abana amabwiriza, akabereka uduce 
    twanditseho imibare n’uduce dushushanyijeho amashusho, akabasaba 
    gufata uduce twanditseho imibare buri wese ku giti ke akajya ahuza agace 
    kariho amashusho n’agace akariho umubare ungana n’ayo mashusho..
    – Ereka abana ko umubare umwe ujyana n’agace kariho amashusho kamwe 
    nibabihuza ntibihure neza ubwo baraba bashyize umubare aho udakwiye 
    kujya kuko buri mubare wuzuzanya n’agace kariho amashusho angana n’uwo 
    mubare gusa. 
    – Abana b’imyaka 6 bahuza neza amakarita yombi bakoresheje kubara 
    amashusho bagahuza n’umubare bingana.
    – Bika neze ayo makarita yanditseho imibare n’ashushanyijeho, ahantu atari 
    bwangirike.

    - Iyi ni inkomoko y’ubwigenge mu kwitoza guhuza imibare n’icyo bijyanye.
    - Bituma umwana afata mu mutwe imibare, maze yazagera mu mwaka wa 3 
    w’amashuri y’inshuke akazamenya gukuramo no guteranya byihuse.
    - Abana bakoresha imiyego y’ingingo nto mu gihe bahuza ibice by’ifoto 

    y’urungabangabo

    – Imikino yo guhuza imibare n’ingano y’ibintu igenewe abana b’imyaka 5 - 6.
    – Abana bato b’imyaka 3 - 4 ntibahuza imibare n’amashusho, bahuza 
    amashusho y’ibintu bifite icyo bihuriyeho. Urugero ugashushanya inka hejuru 
    hasi ukahashyira igikombe cy’amata; urubuto rukasemo kabiri n’urubuto 

    rudakase; ikaramu n’ikayi; umuti woza amenyo n’uburoso bw’amenyo.

    - Umwaka wa 1 n’uwa 2: umutwe wa 1: Kubara.

    Ibikoresho bikenewe

    Igikarito kinini, amakaramu y’ amabara cyangwa irangi, urudodo rurerure. 

    – Andika imibare ikurikiranye ku ruhande rw’ ibumoso ( 1,2,3,4,5,..). Andika 
    utudomo tungana na buri mubare umwe mu yo wanditse ariko uvangavange 
    ntuyikurikiranye.

    – Abana bifashisha urudodo bagahuza umubare n’ utudomo tungana n’ uwo 

    mubare. Bikorwa mu gihe k’ imikino yo mu nguni.

    - Kumenyera gukorana ubushishozi no kwitegereza mu gihe bahuza 
    amashusho asize amabara n’ibyerekezo byayo.
    - Bikomeza ingingo nto.
    - Kumenya amerekezo.
    - Kwihangana, kwitegereza no gutekereza byimbitse.
    - Kumenya kwikemurira ibibazo.

    - Kongera ubumenyi bw’imibare.

    - Umwaka wa 2 n’uwa 3: umutwe wa 1: Kubara.

    Intambwe zo gukora imfashanyigisho z’ amashusho ngero zira mu mashusho 
    akurikira:

     Ibikoresho bikenewe: 

    Amakarito, Tiripuregisi ( triplex), imakasi, marikeri, ikaramu y’ igiti, irati, icyuma , 
    kompa

    Teripuregisi itabonetse wakoresha igikarito gikomeye cyangwa ibice by’ijerekani.

    – Ku gikarito shushanyaho mpaneshatu, mpandenye(urukiramende na kare), 
    uruziga. Ni ngobwa gukora twinshi kandi tunyuranye, tutangana kugira ngo 
    tuzifashishwe mu myitozo itandukanye.
    – Fata icyuma ukate ya mashushongero ,unyuze mu mirongo washushanyije 
    hanyuma uyatandukanye naho yari ashushanyije. 
    – Gusiga amabara amashushongero yose yakaswe.

    – Yavangavange uyarambike iruhande rw’aho wayakase

    - Abana bagira ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo, bakamenya ibisa 
    n’ibidasa .
    - Bifasha abana gutekereza byagutse bikanateza imbere imiyego y’ingingo nto.
    - Abana biga kwifatira ibyemezo ku giti cyabo.
    - Biga guhitamo icyo bashaka bagendeye ku myanzuro yabo.
    - Abana bamenyera gukorana ubushishozi.

    – Abana mu myaka yose bashobora kubumba amashushongero bakabikora ku 

    rugero rwabo.


    - Umwaka wa 1 n’uwa 2: Umutwe wa 2: Gushyira hamwe ibisa, umutwe wa 
    3: Igereranya 
    - Umwaka wa 2: Umutwe wa 2: Gushyira hamwe ibisa; umutwe wa 3: 
    Igereranya.
    - Umwaka wa 3: Umutwe wa 2: Gushyira hamwe ibisa.

    Kubumba ibiceri ukoresheje ibumba ( imyaka 3 kugera 6)

    Intambwe zo kubumba ibiceri mu ibumba ziragaragara mu mashusho akurikira

    Ibikoresho bikenewe
    – Ibumba, icyuma n’ urubaho rwo kubumbiraho igikarito cyangwa urupapuro 
    rukomeye

    – Igitaka k’imonyi cyangwa inombe cyakwifashishwa ibumba ribuze.

    – Tangira ukata ibumba ukoresheje intoki , hanyuma ufate igiceri ugitsindagire 
    muri rya bumba hagati, kirishushanyamo, hanyuma ucyomoremo, harasigara 
    ishusho yacyo.
    – Fata icyuma ukate ibumba riri ku mpande y’ igiceri kugira ngo igiceri gisigare 

    kimeze neza

    Ibikoresho bikenewe
    – Kora inoti ukata impapuro zingana n’amafaranga wandikeho imibare: 500, 1000, 
    2000, 5000. Hanyuma ufate ibiceri bibumbye mu ibumba cyangwa imifuniko 
    y’amacupa maze ikoreshwe nk’ibiceri bya 5, 10, 20, 50, 100.
    – Shaka ububiko bwo kubikamo ibiceri (icupa rya parasitike, igikombe, agakarito 
    n’ibindi.)


    Uko umukino ukinwa:

    - Mu mikino yo mu nguni umurezi afasha abana kwitoranyamo ababa abakozi 
    ba banki n’ababa baje babagana , baje kubitsa cyangwa kubikuza
    - Abana baje kubitsa babwira umukozi wa banki kubabikira cyangwa 
    kubabikuriza amafaranga.
    - Abaje kubitsa baha umukozi wa banki amafaranga akayabara, abakorera 
    urupapuro rugararaza ko babikije cyangwa babikuje amafaranga akarubaha 
    bakarusinyaho hanyuma bakarumusubiza, na bo bagatwara urundi bisa.
    - Abaje kubikuza umukozi wa banki abaha amafaranga bakayabara barangiza 
    bagataha.

    Ibikoresho bikenewe
    - Fata udukarito turimo ubusa n’ibindi bintu bitandukanye twasanga mu iduka 

    nk’amakaye, amakaramu, amazi n’ibindi, maze ushyire igiciro kuri buri kintu.

    Uko Umukino ukinwa:


    - Mu gihe k’imibare cyangwa mu itangira ry’imikino yo mu nguni umurezi 
    afasha abana kwitoranyamo abacuruzi n’abaguzi
    - Abana bahitamo icyo bashaka kugura bakabaza igiciro cyacyo. 
    - Iyo bagiye kwishyura icyo basabye umucuruzi, babara inoti cyangwa ibiceri 
    bakishyura.
    - Umucuruzi yakira amafaranga akayagumana agahereza umuguzi icyo 
    yamusabye maze na we agatwara ibyo yaguze.

    - Abana bigana ibintu babona mu rugo n’amazina yabyo bikongera ubumenyi 
    bwabo n’uburyo amagambo akoreshwa.
    - Abana babona amahirwe yo kwitegereza, gukina hanze bagaragaza 
    ibitekerezo n’imbamutima byabo.
    - Abana biga gutandukanya inoti n’ibiceri.
    - Abana bagira amahirwe yo guhuza amafaranga no kugura no kugurisha.
    - Abana babona amahirwe yo gukoresha amagambo ajyanye no kugura no 
    kugurisha.

    - Iyo uri kwandika inyemezabwishyu harimo uburyo bwo kwitoza kwandika.

    – Igihe bakina bigana ni ngombwa kubabonera ibikoresho bikenerwa bituma 

    agaragaza neza uwo ari we.

    - Umwaka wa 1 n’uwa 2 : Umutwe wa 5: Gutandukanya ibiceri n’inoti.

    - Umwaka wa 3 : Umutwe wa 6: Gukoresha neza amafaranga.

    bikoresho bikenewe

    Ibikoresho by’ibanze, ikarito cyangwa imbaho zoroshye za teripuregisi (triplex)

    D

    Intambwe zo gukora udutafari two 
    gutombora twa dayisi “dice”


    – Imikino ikoreshwamo udutafari twa 

    dayisi “dice” ishobora kwifashisha 
    utudomo, imibare, amabara cyangwa 
    amashusho.
    – Dayisi (dice) igizwe n’impande 6 zingana. 
    – Fata ikarito / urubaho upime mpandenye mu bice 6 bingana zikoze ishusho 
    y’umusaraba nk’uko bigaragara ku ishisho. Kata udukarita tungana twa 
    mpandenye muri ya shusho y’umusaraba ubundi ushushanyeho utudomo 
    (tugaragaza imibare itandukanye) kuri za mpandenye zigize uwo musaraba.
    – Huza ayo mashusho ya mpandenye ukoresheje sikoci.
    – Zengurutsaho sikoci cyangwa ubujeni kugira ngo ibyo bice bifatane neza 

    bikomere kandi ntibyangirike.

    Hari uburyo butandukanye bwo gukoresha uyu mukino wo gutombora ari bwo 

    bukurikira :

    Ibikoresho bikenewe :
    Udutafari twa dayisi “dice“ turiho imibare kuva kuri 1 kugeza 10

    Uko umukino ukinwa :

    - Uyu mukino usaba abana barenze babiri byibuze kandi bazi imibare mu 
    mutwe bagaterera agatafari ka dayisi “dice” hejuru kugira ngo bafore imibare 
    bahisemo.
    - Mbere yo gutera hejuru dayisi (dice) buri mwana ahitamo umubare ashaka 
    gutombora kuva kuri 1 kugera ku 10 biterwa n’ikigero cy’umwana. Buri 
    ruhande rw’ agatafari ka diyisi “dice” ruba ruriho imibare itandukanye n’iri 
    ku rundi ruhande. 
    - Abana barenze umwe bashobora guhitamo umubare umwe. Umwe arabanza 
    agatombora yarangiza agahereza agatafari ka dayisi “dice” mugenzi we na 
    we agatombora .
    - Iyo umwana atomboye umubare yari yahisemo arabishimirwa agahereza 
    mugenzi we na we agatombora. Iyo atawutomboye yemererwa gusubiramo 
    rimwe.
    - Barakomeza gukina kugeza igihe cyagenwe kirangiye.


    Ibikoresho bikenewe: 
    Udutafari twa dayisi “dice” turiho imibare itandukanye, ibishyimbo, utubuye, 
    imifuniko y’amacupa cyangwa ibigori, igikombe cyangwa ikarito yo kubikamo ibyo 

    bikoresho.

    – Umurezi abwira abana uko umukino ukorwa mu gihe k’imibare cyangwa 
    mu gihe k’imikino yo mu nguni.
    – Batangira umukino hari igikombe cyangwa agakarito karimo ibishyimbo / 
    ibigori /utubuye.
    – Abana babiri bakina bashyira udutafari twa dayisi “dice” ku meza cyangwa 
    ku kirago / umukeka.
    – Umwana aterera agatafari hejuru maze uko kaguye akareba umubare uri 
    ku gice cyo hejuru, akabara ibishyimbo, ibigori cyangwa utubuye bingana 
    n’umubare yatomboye (umubare wagaragaye kuri cya gice cyo hejuru) 
    akabikura muri cya gikombe cyangwa agakarito byarimo, akabigumana.
    – Abana barakomeza bagakina kugeza ubwo ibishyimbo, ibigori cyangwa 
    utubuye byari byateganyijwe bishizemo.

    – Buri mwana abara ibyo afite atavuga umubare.

    – Uburyo bwo guhindura imfashanyigisho.
    Ushobora gukora amakarita yanditseho imibare itandukanye maze umwana 
    akanaga agatafari ka dayisi “dice” iriho utudomo cyangwa amashusho hejuru 
    hanyuma ahereye ku mubare w’ utudomo waje hejuru umwana akajya gutoranya 
    ikarita iriho umubare bihwanye. 
    Ushobora no guhindura amakarita akabaho amashusho, dayisi ikabaho imibare.
    – Uyu mukino ukinwa mu gihe k’ imibare ku ruziga , mu gihe k’ imikino yo mu 
    nguni, haba mu ishuri cyangwa hanze y’ ishuri ndetse no mu rugo.

    – Abana bakina ari babiribabiri cyangwa mu matsinda mato.


    - . Uyu mukino wigisha abana imibanire n’abandi.
    - Uyu mukino utuma abana bishima ndetse n’imiyego y’ingingo ntoya 
    igakura.
    - Umukino wo gutombora wigisha abana imibare, kubara, guteranya no 
    gukuramo mu buryo bwihuse.

    Umwaka wa 2; Umutwe wa 1: Imibare .

    Umwaka wa 3: Umutwe wa 1: Imibare no guteranya

    Ibikoresho bikenewe

    Udukombe dutandukanye: utunini n’uduto, umucanga.

    - Abana bayorera umucanga mu dukombe bakuzuza .
    - Abana bashobora guteranyiriza umucanga mu gakombe kamwe cyangwa 

    bakawugabanyiriza mu tundi dukombe.

    – Abana buzuza umucanga mu dukombe dutatu cyangwa twinshi ariko bagasiga 
    utundi dukombe turimo ubusa.
    – Umurezi asaba abana kugabanyiriza wa mucanga mu tundi dukombe turimo 
    ubusa.
    – Abana bagenda basuka umucanga muri twa dukombe turimo ubusa , 
    bakagabanya umucanga wari uri mu dukombe bawugabanyiriza mu tundi 
    bingana bakaringaniza cyangwa bagasumbanya bitewe n’ ibyo umurezi 
    yababwiye.

    – Umurezi agenda ababaza ahari byinshi / bike.

    Ibikoresho bikenewe : 
    Imifuka, impapuro z’amabara, amakarita akoze mu rupapuro rukomeye,marikeri, 
    ubujeni.

    – Tegura amakarita ku rupapuro rukomeye kandi ukoreshe amabara 
    atandukanye.
    – Kata amashusho arindwi mu ishusho nziza ishimisha abana, yakate mu 
    mabara atandukanye.
    – Andika iminsi y’icyumweru kuri ayo mashusho cyangwa ku makarita maze 

    uyatake ku rukuta, ukoresheje ubujeni cyangwa amata y’imiyenzi.

    – Umurezi yigisha abana amazina y’iminsi y’icyumweru yifashishije indirimbo 
    cyangwa imivugo
    – Umurezi abaza abana ngo “uyu munsi ni ku wa kangahe?” .
    – Umurezi ashyira ku rukuta amakarita yanditseho iminsi y’icyumwerun 
    hanyuma agasaba abana kujya gushaka umunsi bariho ku rukuta .
    – Umurezi amenyereza abana umunsi bagezeho ,akabereka aho wanditse.
    – Umurezi n’abana bafashanya kwibukiranya uko iminsi y’icyumweru 
    ikurikirana. 
    – Abana bashobora kumenya umunsi bagezehe bagendeye ku mabara 
    yanditswemo 
    – Umurezi yigisha iminsi igize icyumweru, mu gitondo abana bari ku ruziga 
    cyangwa mu igihe k’imibare bakamenyera kuvuga umunsi bagezeho buri 

    munsi.

    - Abana bafata mu mutwe iminsi y’icyumweru

    - Abana bashobora gutondeka amakarita yanditseho iminsi y’icyumweru.

    IGICE CYA II :IMFASHANYIGISHO ZIJYANYE NA BURI KIGWA: 1. UBUMENYI BW’IBIDUKIKIJEIGICE CYA III: GUTEGURA ISHURI