• 3 Ubuzima bw’imyororokere

    3.1. Ubuhamya bw’umuntu wanduye indwara 
    yandurira mu mibonano mpuzabitsina.
    good
    Mfite imyaka cumi n’ibiri nkaba naranduye indwara yitwa Mburugu. 
    Ndatekereza ko mukimara kubyumva muhita muvuga muti: “Umva 
    umukobwa w’igicucu wishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.” 
    Nyamara n’ubwo ibyo byambayeho, ndifuza kubibabwiza ukuri kugira 
    ngo namwe bitazababaho.

    Nari maze igihe gito nkundana n’umuhungu witwaga Byusa. Andusha 
    imyaka ibiri. Naramwizeraga rwose. Mbere y’uko ankoresha 

    imibonano mpuzabitsina ntabishaka, twari twaraganiriye ku bintu 

    byinshi. Twumvikanye ko tuzirinda, tukifata kuzagera ubwo dukura 
    tukubakana urugo. Kwifata byaramunaniye akajya anyinginga ngo 
    dukore imibonano mpuzabitsina nkamwangira. 
    Umunsi umwe, yaje kuntumira iwabo. Njyayo nsanga ari we wenyine 
    uhari kandi yanyiteguye. Yanyakirije fanta ariko sinamenya ko yari 
    yashyizemo ibiyobyabwenge. Nange nabaye umupfapfa sinagira 
    amakenga mpera ko ndagotomera n’isari nyinshi.
    Nyuma uko twakomezaga kuganira twahuje urugwiro 
    ntakwishishanya, ni ko nagendaga numva nsa n’uhinduka mu mubiri 
    wose: nkumva nsa n’utazi neza iyo ndi, nkanyuzamo nkabira ibyuya 
    umubiri wose, nkumva agatotsi kagenda kantwara bukebuke ndetse 
    mfite n’ikizungera kugeza ubwo nasinziriye nezaneza. 

    Aho mperukira amakuru y’ibyabaye, nibuka Byusa ambwira ngo 
    ninge kuryama mu cyumba cy’abashyitsi negusinzirira mu cyumba 
    cy’uruganiriro. Ngo yagiraga ngo age kumpamagarira ababyeyi be 
    baze bampe ubutabazi bw’ibanze kuko yakomezaga kunyumvisha ko 
    nafashwe na marariya akaba ari yo yatumaga ngubwa nabi. Nyamara 
    zari nka za mpuhwe za Bihehe kuko yari azi neza ibyo yakoze agira 
    ngo agere ku mugambi we bitamugoye. 

    Ubwo naje kuzanzamuka nyuma, numva nshaka kujya gucisha 
    hejuru ndamuhamagara. Yaraje ajya kunyereka aho niherera 
    mpageze ndisuzuma nsanga yankoreye ibya mfura mbi. Kuva ubwo 
    nahise ngwa mu kantu mbura icyo nkora nshwana na we. Ibyo 
    byose ntiyabyemeraga ahubwo yampinduraga umusazi. Byamaze 
    kunyobera, ndataha ndyumaho sinahita mbwira ababyeyi bange uko 
    byangendekeye ngo batavaho bavuga ko nari nsanzwe niyandarika.

    Nyamara wahishira ibindi byose ariko ntiwahishira ikikubungamo. 
    Hashize igihe gito, natangiye kumva ngira uburyaryate mu gitsina. 
    Ntabwo byambabazaga ariko nahise ntangira kwibaza niba 
    byaraturutse ku mibonano mpuzabitsina nashowemo. Gusa sinakekaga 
    ko Byusa nubwo yampemukiye yaba agendana izo ndwara zandurira 
    mu mibonano mpuzabitsina, kuko nta kintu nabonaga ku mubiri we 

    cyagaragazaga uburwayi. Ngakomeza kwibaza niba yaba yari afite 

    uburwayi, impamvu yaba yaragambiriye kunyanduza ku bwende.
    Umunsi umwe rero nafashe ikemezo cyo kubimubazaho. Nuko 
    ambwira ko na we yagiraga uburyaryate kandi bukaba bwaratangiye 
    amaze kuryamana n’umwe mu bakobwa bakundanaga mbere. Nyuma 
    yaho yatangiye kujya agira umuriro akajya abona n’uduheri dutukura 
    ku ruhu rwe. Ngo yabibajijeho umukobwa bari bakoranye imibonano, 
    amubwira ko yari muzima, kandi ko yahuraga n’abasore yizeraga 
    gusa. Nyuma yaho, uko kugira umuriro byarahagaze, n’uduheri 
    ntitwongera kugaruka, nuko akeka ko nta kibazo afite. 

    Maze kumva ibyo, nafashe ingamba yo kujya kwisuzumisha. Ingorane 
    yabaye iyo gusaba muganga ngo adupime. Nari mfite kandi ubwoba 
    bwo kubibwira ababyeyi bange, kuko ntashakaga ko bamenya ko 
    nakoze imibonano mpuzabitsina. Nababwiye rero ko ngiye kubonana 
    na muganga kuko numvaga ntameze neza, sinababwira ko ngiye 
    kwipimisha. Ku bw’amahirwe, ababyeyi bange babyakiriye neza, 
    bishimira ko ntekereje kujya kwa muganga. 

    Muganga na we yanyakiriye neza, aransuzuma asanga mfite 
    ubwandu bwa mburugu. Yambajije aho nanduriye ndabimutekerereza 
    hanyuma antuma kuzana na Byusa. Yaraje aramusuzuma maze na 
    we amusangamo ubwo bwandu. Gusa ndashimira muganga kuko 
    yaduhumurije, aratuvura, anatwumvisha ko mburugu n’ubwo ari 
    indwara mbi, ishobora kuvurwa igakira vuba cyanecyane iyo ugiye kwa 
    muganga hakiri kare. Baduteye inshinge buri wese kuri buri tako, nyuma 
    dusubiyeyo twasanze twarakize kandi na bwa buryaryate burakira.

    Nanone yadusobanuriye ko iyo itavuwe neza, ishobora gutera ubugumba, 
    indwara zo mu mutwe, ndetse no gukuramo inda ku bagore cyangwa 
    bakabyara abana bafite ubumuga bw’ingingo kandi ntibabashe kubaho. 
    Nyuma yaho Byusa yagiye kubibwira umukobwa bari barakoranye 

    imibonano mpuzabitsina mbere, na we ajya kwipimisha arivuza.

    I. Inyunguramagambo
    a) Gerageza gusobanura buri jambo kandi urikoreshe mu 
    nteruro iboneye.
     1. Imibonano mpuzabitsina                      4. Ubugumba
     2. Gusama inda                                                5. Gukuramo inda
     3. Uburyaryate

    b) Imyitozo y’inyunguramagambo

     1. Tanga impuzanyito z’amagambo aciyeho akarongo.
     a) Maze kumva ibyo, nafashe ingamba yo kujya kwipimisha.
     b) Mburugu ishobora gutera ubugumba, indwara zo mu mutwe, 
    ndetse no gukuramo inda ku bagore cyangwa bakabyara 
    abana bafite ubumuga.
     c) Byusa yagiye kubibwira umukobwa bari barakoranye 
    imibonano mpuzabitsina na we ajya kwipimisha arivuza.
     2. Uzurisha impuzanyito z’amagambo ari mu dukubo.
     a) Uyu muntu yari yishwe n’ ………………… (inzara)
     b) Mu Rwanda ………………… bafite umumaro. (abategarugori)
     c) Nafashe …………………cyo kwipimisha (ingamba)
    II. Ibibazo ku mwandiko.
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite

     1. Kuki uyu mukobwa watanze ubuhamya yumvaga ko abamwumva 
    bamwita igicucu?
       2. Uyu mukobwa, ni ubuhe butwari wamushimira?
     3. Kuki nta muntu ugomba kwizera ko atarwaye umurebesheje 
    ijisho gusa?
     4. Ni irihe somo rikomeye wakuye mu buhamya bw’uyu mukobwa?
     5. Ese wowe uramutse ugize ibyago ukandura imwe mu ndwara 
    zandurira mu mibonano mpuzabitsina, watinyuka kubibwira 

    ababyeyi bawe ndetse ukajya no kwivuza kwa muganga?

    III. Gusesengura umwandiko

    Subiza ibibazo bikurikira:

     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri rusange muri uyu 
    mwandiko?
     2. Erekana ingingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko.
     3. Ni ayahe masomo y’ingenzi twakura muri uyu mwandiko? 
    IV. Kungurana ibitekerezo ku byavuzwe mu mwandiko
    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira
    :

     Muramutse muhuye n’umuntu wanduye indwara yandurira mu 
    mibonano mpuzabitsina mwamugira iyihe nama?
    Umukoro
    Ganiriza abo mubana mu rugo ku cyo umukobwa yakora aramutse 
    afashwe ku ngufu agakoreshwa imibonano mpuzabitsina.
    3.2. Itondaguranshinga: Ibihe bikuru by’inshinga
    Soma witonze aka gace k’umwandiko, maze ukurikije ko inshinga ziciyeho 
    akarongo zivuga igikorwa cyahise, ikirimo gukorwa cyangwa ikizaza 
    uzuzuze mu mbonerahamwe ikurikiraho:
    Dukwiye guhora dusoma.
    Mwana wange ubwo ubona njijutse nta kindi mbikesha ni ugusoma 
    ibitabo bitandukanye. 
    Kera nkiri muto narasomye biratinda. Nasomye ibitabo byinshi 
    bitandukanye: iby’ubuvanganzo, iby’ikibonezamvugo, n’iby’inkuru 
    bitabarika. Narasomaga sinibuke no kurya iyo nabaga naguye ku 
    gitabo kiryoshye. 
    Kandi na n’ubu ndacyasoma, ejo narasomye ndetse no mu 
    kanya nasomye kandi n’ubu urabona ko ndi gusoma. Hari umunsi 
    ngira akazi kenshi ku manywa, bwajya kwira umuriro ukabura, 

    ngatangira kwibaza nti: “Ubu koko ndacyasomye?” Iyo byanze 
    nshana agatadowa ngasoma nibura amakuru y’ibyabaye uwo munsi. 
    Buri munsi rero ndasoma nkamenya amakuru kandi nkagira icyo 
    nunguka. Nsoma ibitabo, ngasoma ibinyamakuru, ngasoma n’ibyo ku 
    mbuga nkoranyambaga. Ubu na nimugoroba ndasoma ibinyamakuru 
    byasohotse uyu munsi. Ejo na bwo nzasoma iby’ejo. Ejobundi na bwo 
    nzasoma iby’aho n’umwaka utaha nzasoma ibizaba bigezweho. 
    Nzakomeza nsome kugira ngo nkomeze kujyana n’igihe, kuko ibyo 
    ku isi bigenda bihinduka. Ubwenge bukomeza kwiyongera, udasomye 

    wasigaragood

    Ibibazo byo gusubiza:
    1. Ibihe bivugwamo ibikorwa biri muri iyi mbonerahamwe ni bingahe? 
    2. Muhereye ku bihe no ku bikorwa bivugwa mu nshinga mwashyize 
     muri iyi mbonerahamwe, mwavuga ko ibihe bikuru by’inshinga ari 
    ibihe? 
    3. Duciye umurongo tukawita igihe, mwawugabanyamo kangahe 

    mukurikije ibihe izi nshinga mwabonye zitondaguwemo?

     goodA. IMPITAGIHE
    Impitagihe ivuga ibyahise kare cyangwa kera ikigabanyamo impitakare 
          n’impitakera.
    1. Impitakare
         Impitakare yumvikanisha igikorwa cyarangiye mu gihe cyashize, ariko 
          kitarengeje uyu munsi, mu kanya kashize.
         Ingero:
     a) Nasomaga igitabo.
     b) Nasomye igitabo.
     c) Nsomye igitabo.
     d) Ndagisomye.
     e) Icyo gitabo nagisomye.
    Izi nshinga zumvikanisha igikorwa kimaze gukorwa, ariko cyarangiye 
    bitarenze uyu munsi cyangwa mu kanya kashize
    2. Impitakera 
    Impitakera yumvikanisha igikorwa cyarangiye mu gihe cyashize, 
    uhereye ejo hashize ugana hirya yaho. 
    Ingero: 
        a) Nkiri muto nasomaga ibitabo byinshi mu cyumweru.
        b) Mu mwaka ushize nasomye ibitabo bine.
        c) Kera narasomye cyane. 
         d) Ejo nasomye umunsi wose. 
    Izi nshinga zumvikanisha igikorwa cyamaze igihe gikorwa ariko 
    cyarangiye ejo hashize cyangwa hirya yaho.
    B. INDAGIHE 
    Indagihe ivuga ibiba muri aka kanya, ibiba ubusanzwe, ibyabaye kera 
    bivugwa mu nkuru, ibikorwa bigikomeza, bityo ikigabanyamo indagihe 
    y’aka kanya, indagihe y’ubusanzwe n’iy’imbarankuru, n’iy’igikomezo.
    1. Indagihe y’ubu: ubungubu, mu kanya kaza, mu kanya gashize

     Indagihe y’ubu yumvikanisha ikirimo gukorwa ubu, aho uvugiye.

    Urugero: 
    Ndasoma igitabo
    2. Indagihe y’ubusanzwe
     Indagihe y’ubusanzwe yumvikanisha igikorwa gisanzwe gikorwa. 
    Nta wamenya intangiriro n’iherezo ryacyo.
    Ingero: 
     a) Nsoma igitabo.
     b) Iyo mbonye akanya ndasoma.
     c) Ndasoma buri munsi.
     d) Nsoma igitabo kimwe mu minsi ine. 
    3. Indagihe y’imbarankuru
    Indagihe y’imbarankuru umuntu ayikoresha avuga ibyabaye kera 
    nk’aho ari iby’ubu. Isa nk’indagihe y’ubusanzwe, bigatandukanira ku 
    nshoza.
    Ingero: 
     a) Yagiye mu nzu nuko arambura igitabo arasoma.
     b) Nuko icyo gihe turasoma abantu baratangara.
    4. Indagihe y’igikomezo
    Indagihe y’igikomezo yumvikanisha igikorwa kikirimo gukorwa 
    ubungubu, nta wamenya igihe cyatangiriye, nta n’uwamenya igihe 
    kiri burangirire.
    Ingero: 
     a) Ndacyasoma igitabo.
     b) Turacyategura ibikorwa tuzakora mu muganda.
    Hari n’indagihe y’igikomezo ikoreshwa kenshi mu nteruro zisa 
    n’izibaza, ariko zinatangara: ingero: a) Ubu se ndacyasomye cya 
    gitabo ko ndeba bwije? b) Aho aracyakoze wa murimo? 
    Zumvikanamo igikorwa kifujwe gukorwa mu kanya uvugiyemo 
    cyangwa kari buze, cyangwa mu gihe kizaza, ariko aho uvugiye ukaba 

    utagifite ikizere gihamye ko kiri bukorwe. 

    C. INZAGIHE
    Inzagihe ivuga ibiza kuba cyangwa ibizaba nyuma y’igihe cyo kuvuga. 
    Yigabanyamo inzahato n’inzakera.
    1. Inzahato 
    Inzahato ivuga ibiri bube nyuma yo kuvuga, ariko ntibifate undi munsi. 
     Ingero: Ku gicamunsi uratera umupira. 
    Ibiri bube uyu munsi mu kanya kaza bishobora kandi kuvugwa mu 
    ndagihe iyo twongeyeho akajambo karanga igihe.
    Ingero: 
     a) Ndaza mu kanya
     b) Ndaje ube untegereje
    2. Inzakera 
    Inzakera ivuga ibizaba ejo hazaza cyangwa mu bihe bizakurikiraho. 
    Irangwa na za-
    Ingero: 

    Nzasoma igitabo.

    Imyitozo:

    1. Soma interuro ikurikira uyishyire mu nzagihe.
     Umuganga na we yatwakiriye neza twembi nge na Byusa, kandi 
    asanga dufite ubwandu bwa mburugu.
    2. Mukurikize ruhamwa yatanzwe maze mutondagure inshinga 
    mu gihe cyatanzwe mu dukubo. 

     a) Mutoni ( gusobanurira: inzagihe) bagenzi be.
     b) Uburagaza (kwica: impitagihe) abantu benshi mu myaka ya 
    kera.
     c) Mu Mpeshyi nta mvura ( kugwa: indagihe).
     d) Mburugu ni imwe mu ndwara (kwandurira: indagihe) mu 
    mibonano mpuzabitsina.

     e) Iyi nka (kuza: inzagihe) ibyatsi yarishije.

    3.3.Twirinde indwara zandurira mu myanya 

    ndangagitsina

    good

    Urubyiruko rugomba kumenya ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, 
    rukamenya uko imibiri yabo ikora, bityo rugashobora kwirinda indwara 
    zandurira mu myanya ndangagitsina, rukirinda kubyara rutarageza 
    igihe. 

    Indwara zandurira mu myanya ndangagitsina zikwirakwizwa no 
    gukora imibonano mpuzabitsina abantu batikingiye. Izo ndwara rero 
    ziva ku muntu wanduye zijya ku wundi, bityo uko abantu bakorana 
    imibonano mpuzabitsina n’abantu batandukanye akaba ari ko zigenda 
    zikwirakwira. 

    Ubuzima bw’imyororokere rero bugira uruhare mu buryo tubaho. 
    Bugomba gutekerezwaho umuntu akiri muto, bityo akamenya uko 
    yitwara mu busore cyangwa mu bukumi bwe, kugeza mu gihe abaye 

    mukuru agashaka cyangwa agahitamo kudashaka.

    Kutamenya ibijyaye n’ubuzima bw’imyororokere bigira uruhare 
    rukomeye ku mibereho y’umuntu no mu iterambere rye. Kwandura 
    indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ni ingorane zikomeye 
    cyanecyane iyo akiri muto. 
    Akenshi abazanduye bakiri bato batinya kuzivuza, maze zikamunga 
    imibiri yabo. Zirabangiza ugasanga nta ntege bafite, ndetse abenshi 
    bikabaviramo gupfa imburagihe.

    Na none kubyara ukiri muto ni ibyago bikomeye kuko bigutesha intego 
    zose wari ufite mu buzima. Abenshi bahagarika amashuri, bakajya 
    kurera abana babyaye. Ubuzima bwabo rero buba bubaye bubi. 
    Ubuzima bwiza bw’imyororokere rero bugira uruhare ku mibereho 
    y’abantu, ku iterambere ryabo, ku ngufu bagira zo gukorera igihugu, 
    bityo bukagira uruhare ku iterambere ry’isi muri rusange.

    Ubuzima bw’imyororokere bugomba kumvikana neza mu gihe abantu 
    bakiri bato kugira ngo bitegure uko bazabaho bamaze gukura, birinde 
    imibonano mpuzabitsina kugeza bashatse. Ibyo bibarinda indwara 
    zandurira mu myanya ndangagitsina.

    Ubuzima bubi mu bijyanye n’imyororokere buha icyuho indwara, 
    gufatwa ku ngufu, gucuruzwa kw’abantu, inda zititeguwe ndetse n’imfu.
    Nyamara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zishobora 
    kwirindwa kuko umuntu ni we uzikururira. Kuzirinda rero ni ukwirinda 
    imibonano mpuzabitsina mu gihe utarashaka ngo ugire umuntu umwe 
    mubana mukubaka urugo. Kujarajara mu bantu batandukanye rero 
    ni byo bikwirakwiza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. 
    Kwifata ku bakiri bato bakirinda imibonano mpuzabitsina ni byo 
    byabarinda izo ndwara. 

    Ku bananiwe kwifata, nibura bagomba kwibuka gukoresha agakingirizo.
    Izishobora kwanduzwa n’ibikoresho bisangirwa nka tirikomonasi na 
    zo zirindwa buri wese agira igikoresho ke k’isuku kandi akagisukura.
    Nimwirinde indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina rero, 
    bizatuma mugira ubuzima bwiza.

    I. Inyunguramagambo:
    a) Musobanure amagambo akurikira.
     1. Guha icyuho
     2. Inda zitateguwe
     3. Kujarajara
     4. Imburagihe
    b) Imyitozo ku nyunguramagambo
     Koresha buri jambo mu nteruro yumvikanisha inyito yaryo:

     1. Guha icyuho
     2. Inda zitateguwe
     3. Kujarajara 
     4. Imburagihe
    II. Ibibazo ku mwandiko 
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite

     1. Wumva kumenya ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere 
    byagufasha iki?
     2. Ubuzima bw’imyororokere bugira uruhare rukomeye mu 
    mibereho yacu bute?
     3. Kuki abantu bagomba kumva neza bakiri bato ibijyanye 
    n’ubuzima bw’imyororokere?
     4. Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zikwirakwira zite 
    mu bantu?
     5. Andika ingaruka zo kwandura indwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina.
     6. Ni gute ubuzima bwiza bw’imyororokere bwagira uruhare mu 

    iterambere ry’igihugu?

    III. Gusesengura umwandiko
    Gerageza gusubiza ibi bibazo:
     1. Garagaza ingingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko.
     2. Ni ayahe masomo wigiye kuri uyu mwandiko?
    IV. Kungurana ibitekerezo ku byavuzwe mu 
    mwandiko

    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:
     Mubona hakorwa iki kugira ngo indwara zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina zicike mu bantu?
    3.4. Ikinyazina mbaza
    Musome iki kiganiro maze mutahure imiterere n’umumaro 

    by’amagambo yanditse atsindagiye

    good

    Muhire: Uraho Mahoro!
    Mahoro: Uraho Muhire!

    Muhire: Noneho se ibyo wambaye ni ibiki?

    Mahoro: Ibihe se udasanzwe ubona?
    Muhire: Ibyo wambaye nyine.
    Mahoro: Iki ni igisarubeti n’ingofero by’abafundi. 
    Muhire: Usigaye uri umufundi se? Wabyigiye he se?
    Mahoro: Ubu ndangije mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro.
    Muhire: Ubwo se baguhemba angahe ku munsi?
    Mahoro: Bampemba kimwe n’abandi bafundi. 
    Muhire: Yewe, sinari nzi rwose ko hariho abakobwa b’abafundi.
    Mahoro: Ubu abakobwa natwe dusigaye twubaka rero. Kandi 
    turabizi kuko twabyize. 
    Muhire: Ni iterambere ridasanzwe. Nange rwose ninjya kubaka ni 
    wowe uzanyubakira. 

    Mahoro: Gira vuba ahubwo maze nzakwereke ko natwe dushoboye. 

    Ibibazo byo gusubiza:
    1. Amagambo: ibihe, angahe, afite uwuhe mumaro mu nteruro?
    2. Mubona ashobora kwisanisha mu nteko zitandukanye?
    3. Muhereye ku miterere n’umumaro wayo mwayita iki? 
    4. Amagambo abaza nka: nde? ryari? ki? he? Na yo yashyirwa muri 
    ubu bwoko bw’amagambo?
    a) Inshoza y’ikinyazina mbaza
    Ibinyazina mbaza ni amagambo aherekeza amazina cyangwa 
    akayasimbura, afasha mu kubaza usobanuza cyangwa wifuza kumenya 
    umubare w’ibintu. Habaho andi magambo abaza nka: nde? ryari? ki? 
    Ariko atari ibinyazina mbaza. 
    Ingero: Ni nde? Inka ki? Uzaza ryari?
    b) Imiterere y’ikinyazina mbaza
    Ikinyazina mbaza kigira ibicumbi bitatu ari byo:
    – ngahe? – he? – e?. 
    Ikinyazina mbaza gifite igicumbi –ngahe? kisanisha n’inteko ziri mu 

    bwinshi gusa.

    Urugero:
    Ufite abana  
    Ikinyazina mbaza gifite igicumbi “he?” kisanisha n’inteko zose kikaba 
    gishobora kuba kigufi cyangwa kirekire.
    Ingero: – Ushaka akahe gacuma?
    – Ushaka agacuma kahe? 
    Ikinyazina mbaza gifite igicumbi “e?” kisanisha n’inteko ya 16 gusa.
    Ingero: – Utuye he?
    – Uvuye hehe?

    Imbonerahamwe y’ikinyazina mbaza

    good

    good

    Imyitozo:

    1. Tahura ibinyazina mbaza muri aka gace k’umwandiko
     Gutegura gahunda y’igihembwe.

     Mu ntangiriro ya buri mwaka buri munyeshuri aba akwiye kwibaza 
    ibibazo bikurikira:
     Muri uyu mwaka tuziga amasomo angahe? Amasomo mbona 
    akomeye ni ayahe? Nkeneye amakaye angahe? Isomo iri n’iri rigaruka 
    inshuro zingahe mu cyumweru? Ibintu bikunze kungora ni ibiki? Ni he 
    nakwigira hamfasha kwiga mu mutuzo? Ni abahe bantu bamfasha mu 
    myigire yange? Ibintu bishobora kundangaza bigatuma ntiga neza ni 
    ibiki?
     Iyo umaze kubona ibisubizo by’ibyo bibazo uba warangije gutsinda.
    2. Mutahure muri iki kinyatuzu gikurikira ibinyazina mbaza 

    nibura bitatu.

    good

    3.5. Nzirinda ikintu cyose cyanshora mu 

    busambanyi.

    good

    Ingimbi n’abangavu bakunze gushukwa n’abantu bakuze, bakabashora mu 
    mibonano mpuzabitsina batarageza igihe. Akenshi bashukishwa utuntu 
    duto nk’amafaranga, imyenda, utuntu turyoshye two kurya cyangwa 
    kunywa batarashobora kwigurira n’ibindi. 

    Imibonano mpuzabitsina rero yangiza ubuzima, igatuma abo 
    bangavu n’ingimbi bahagarika amashuri yabo, intego zabo z’ubuzima 
    zigahagarara. Nyamara ibyo byose umwana amaze gukura ashobora 
    kubigeraho, akifasha. Kwirinda gushorwa mu mibonano mpuzabitsina 
    rero ni ukwirinda kugira irari ry’ibyo utarashobora kwiha, ukirinda 
    abagushuka. 

    Ingaruka ni nyinshi ku bantu bishora mu mibonano mpuzabitsina 
    bakiri bato. Hari ingaruka zigaragara ku mubiri nko kurwara indwara 

    zandurira mu myanya ndangabitsina ndetse no gutwara inda ku 

    bana b’abakobwa. Nyamara kandi hari n’ingaruka ku mibereho, ku 
    mitekerereze n’ imyitwarire y’umwana. Harimo kwisuzugura, kutigirira 
    ikizere, kuraruka no kwiyanga. Kuri ibyo, hiyongeraho kandi imyitwarire 
    yo kumva afite ikimwaro cyangwa kuba umushizi w’isoni.
    Buri mwangavu cyangwa ingimbi agomba kwiyumvisha iki kintu: “Mfite 
    uburenganzira bwo guhakanira umuntu wese ushaka kunshora mu 
    mibonano mpuzabitsina. Singomba kwishora mu mibonano mpuzabitsina 
    kubera ko nkunda umukobwa cyangwa umuhungu.”

    Kwishora mu mibonano mpuzabitsina rero ntibituma umwangavu 
    cyangwa ingimbi bangirika ku mubiri gusa, bibatera no kwangirika 
    mu bwonko. Ubwonko rero ni rwo rugingo rukomeye mu bijyanye 
    n’imibonano mpuzabitsina. Iyo mu bwonko harangije kwangirika nibwo 
    usanga umuntu atagishobora kwifata, imibonano mpuzabitsinda ikaba 
    ari yo imugenga, intego zose yari afite mu buzima zikazima, agatangira 
    gutsindwa mu ishuri byarimba akarivamo, indi mirimo yose igahagarara. 
    Kubaho gutyo rero ni ukubaho nk’inyamaswa itagira ubwenge bwo 
    gukora ibintu muri gahunda iyi n’iyi yihaye.

    Kugira ngo utegure ubuzima bwawe neza ni ukumenya guhuza ibyo 
    bintu bitatu ari byo: umubiri, umutima n’ubwonko. Umubiri ugomba 
    kurindwa kuko ushobora kwangirika kandi ni na wo ukora igikorwa, 
    umutima ni wo uvamo ibyiyumvo naho ubwonko bukaba ari bwo 

    buvamo ibitekerezo. 

    I. Inyunguramagambo
    a) Mushake ibisobanuro by’aya magambo.
     1. Irari                                       3. Ubwonko 
     2. Umushizi w’isoni             4. Ibyiyumvo
    b) Imyitozo ku nyunguramagambo
     Mukoreshe aya magambo mu nteruro zumvikanisha icyo asobanura:
     1. Irari                                           3. Ubwonko

     2. Umushizi w’isoni                4. Ibyiyumvo

    c) Fora ndi nde?
     Ni nge shingiro ryo gutekereza kandi ibyumviro byose ndabitegeka
     Ndi ………………
     Ifashishe aka gakino ka “fora ndi nde?” ubaze ikibazo cyo gufindura 
    amagambo akurikira: umutima, inka, ingimbi, umwangavu.
    II. Ibibazo ku mwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite. 
     1. Ni ibiki abantu bakuze bakunze gushukisha ingimbi n’abangavu 
    bagamije kubashora mu mibonano mpuzabitsina?
     2. Hari igishuko wowe wari wahura na cyo muri ubwo buryo? 
    Wakitwayemo ute?
     3. Rondora ingaruka ku bantu bishora mu mibonano mpuzabitsina 
    bakiri bato.
     4. Kwangirika mu bwonko bizana izihe ngaruka ku wishoye mu 
    mibonano mpuzabitsina akiri muto?
     5. Kwirinda imibonano mpuzabitsina ukiri muto ni ukurinda ibintu 
    bitatu. Ni ibihe? Kubera iki? Wabirinda ute?
    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo:

     1. Andika ingingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko unawukorere 
    inshamake.
     2. Garagaza isomo ukuye muri uyu mwandiko.
    IV. Kungurana ibitekerezo
    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:

    Ese urukundo n’ubucuti hagati y’umuhungu n’umukobwa bigaragarira 

    mu gukorana imibonano mpuzabitsina?

    3.6. Ikinyazina mboneranteko

    Soma interuro zikurikira maze utahure imiterere n’umumaro 
    by’amagambo aciyeho akarongo:

     1. Za dodo ziraryoha.
     2. Ba marume bamfashije kwiga. 
     3. Ka Mukamana kagira urugwiro.
     4. Mfite ba masenge babiri kandi bombi bize iby’ubwubatsi.
    Ibibazo byo gusubiza:
    1. Aya magambo aciyeho akarongo murabona aherekeza amazina 
    ateye ate?
    2. Ubona afite uwuhe mumaro?
    3. Uhereye ku miterere n’umumaro byayo wayita ngo iki? Hari irindi 
    zina ryabyo muzi? 
    4. Mumaze kubona uko biteye n’uko bikoreshwa mwavuga ko ibinyazina 
    mboneranteko ari iki?
    a) Inshoza y’Ikinyazina mboneranteko
    Ikinyazina mboneranteko ni amagambo akoreshwa imbere 
    y’amazina bwite n’amazina rusange adafite indomo akerekana inteko 
    izina ririmo. Bakita ikinyazina mboneranteko cyangwa ikinyazina 
    ndanganteko. 
    b) Imiterere y’ikinyazina mboneranteko
    Ikinyazina mboneranteko kigira igicumbi “-a”, kigatuma ijambo 
    kibanjirije rihindura inteko mu kurishondeka, kuritubya no kuritubura.
    Ingero
    Bya Muhoza biraje.

    Rwa Muhire ni urunebwe.

    Imbonerahamwe y’ikinyazina mboneranteko:

    good

    Imyitozo

    1. Shyira izina Murorunkwere mu nteko ya 12 maze ukore 
    isanisha riboneye:

     Murorunkwere agira umutima mwiza.
    2. Koresha ijambo marume mu nteko ya 11 usanishe n’andi 
    magambo mu nteruro ikurikira: 
     Marume yanyambuye isambu yange. 
    3. Andika ubwoko bw’ijambo riciyeho akarongo.
     a) Ni utuhe dutebo ka Mbonigaba kaboshye? 
     b) Ka kana ka Matayo kagize amanota angahe
     c) Za nka zawe ni zo zituma wigira za magabo?

    3.7. Gera umuzinga ku wa Bugegera

    good

    Uyu mugani Abanyarwanda bawuca iyo bashaka kwigisha umuntu 
    ngo akurikize urugero rwiza abonana abandi; ni ho bagira bati: “Gera 
    umuzinga ku wa Bugegera!” Wakomotse ku mugabo wo ku Ntenyo 
    mu Nduga y’epfo witwa Bugegera, akaba umugaragu wa Mirenge, 
    umukungu w’ikirangirire bajya bakurizaho kuvuga ngo naka atunze 
    ibya Mirenge ku Ntenyo. Ni ahasaga umwaka wa 1700.

    Mirenge uwo nguwo amaze gukungahara cyane mu Nduga yose 
    rubanda baramushikiraga, baza kumucaho inshuro; kandi ubwo 
    bukungu bwe bwakomokaga ku mizinga y’inzuki yagikaga, bituma 
    agira ubuki bwinshi, abafite amasaka, ingumba n’imfizi bakabimuzanira 
    bagatetura (kugurana ubuki). Nuko biba aho bishyize kera, wa mugabo 
    Bugegera w’umugaragu wa Mirenge wari umukene cyane ageretseho 
    no kuba yaracitse intoki z’ikiganza k’iburyo akajya yitegereza imizinga 
    ya Mirenge bahakura ubutitsa; azirikana n’ibintu bazanira Mirenge 
    bagurana. Ni ko kwigira inama ati: “Ahari nange mboshye imizinga 
    nkayagika ubanza namera nka Mirenge; n’aho kandi ntasa na we, 
    nibura nakwibeshaho!” Ati: “Inzuki Mirenge ntazifata ngo azishyire mu 
    mizinga ye; byongeye si n’abantu be batera ngo bazinyage bazizane mu 
    mizinga.” 

    Ni bwo atangiye aca imicundura n’akaboko kamwe k’ibumoso; mu 
    Nduga y’ epfo kera nta shyamba ryahabaga; hari umukenke wiganjemo 
    urucundura; na we Mirenge, ibiti yaboheshaga imizinga, abantu 
    be babikuraga mu Mayaga ku Rutabo rwa Kinazi. Bugegera amaze 
    kugwiza uduti twe, abwira umugore we Nyirampumbya ati: “Nshakira 
    amarwa meza nziyingingire umuntu wo kwa Mirenge azambohere 
    umuzinga, nange nzagike ndebe ko twabona ubuki bukadukiza!” Uwo 
    mugore we, Nyirampumbya ngo yagiraga amarwa y’iziko atangaje. 
    Ahera ko aracanira; umusemburo uramuhira uratumbagira, abonye 
    ko ushamaje yimuka ku buriri bwe ahunga umugabo we, kugira ngo 
    na hato batarengwaho bakawica; dore ko kera umusemburo na wo 
    wiraburirwaga. 

    Nuko Nyirampumbya yenga amarwa ngo atangaza Abanyenduga, 
    bose barayahururira barizihirwa. Bageze aho, Bugegera araterura 
    ati: “Umva bantu muteraniye aha; icyatumye mbatumira, ndasaba ko 
    uwamenya kuboha umuzinga yazawumbohera nkazamuhemba amarwa 
    arenze aya”! Abari aho barumirwa; havamo umwe w’umuhanga mu 
    buboshyi bw’imizinga ati: “Tutagombye kuwuboha, ngeweho ndawufite 
    uzaze nywuguhe”. Bugegera na Nyirampumbya babyumvise barishima 
    cyane babwira uwo mugabo bati: “Ntibigombera gutinda, jyana n’uyu 
    mwana”. Amukorera umuzinga awuzanira se. 

    Mu gitondo awagika mu munyinya wari imbere y’irembo rye. Amaze 
    kuwagika agira amahirwe winjira vuba, ugiye kwera urasizora; yenze 
    ubuki buratangaza buruta ubwo kwa Mirenge kure. Ababubonye 
    bahakana ko atari ubw’umukenke, bakeka ko ari ubw’i Bugesera 
    bw’igiti kitwa Urusinzagwa. Bamaze kwishimira ubuki bwa Bugegera, 
    bahinyura ubwo kwa Mirenge bati: “Mbese imizinga ya Mirenge yayigize 
    nk’iya Bugegera ikera ubuki bw’Ubusinzagwa ntibe myinshi y’ubusa!” 
    Nuko kuva ubwo Bugegera arakira aranezerwa akijijwe n’umuhate wo 
    kwigana gukora yagika akazinga ke kamwe kakarusha iyo kwa Mirenge 
    kwera. Ni bwo Abanyanduga babigize umuhango bakajya bigana ibifite 

    akamaro babonana abandi.

    “Kugera umuzinga ku wa Bugegera” ni ukwigana urugero rwiza 
    ubonana abandi.
    MINISITERI Y’URUBYIRUKO, UMUCO NA SIPORO, Ibirari by’Insigamigani, Icapiro 

    ry’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda, Igitabo cya kabiri, Icapiro rya 3, Printer set, 2005.


    I. Inyunguramagambo
    a) Mushake ibisobanuro by’aya magambo:
     1. Ikirangirire 7. Amarwa
     2. Baramushikiraga 8. Umusemburo
     3. Kumucaho inshuro 9. Ushamaje
     4. Imizinga 10. Wiraburirwaga
     5. Ingumba 11. Araterura 
     6. Kwagika
    b) Imyitozo ku nyunguramagambo
    1. Uzurisha amagambo akurikira mu nteruro zatanzwe: 
    umusemburo, ubuki, yarateruye, umuvumvu, inzuki.

     a) Mugabo ............................ aravuga ati: “Sinshobora kurara 
    ntariye inyama.”
     b) Mu ifarini bashyiramo .................................. kugira ngo umugati 
    ubyimbe.
     c) Ikigage bashyizemo............................... kitwa amarwa.
     d) Nagitse umuzinga uhita winjirwamo n’......................... ubu ndi 
    ............................ utegereje guhakura nkabona .........................
     2. Uzuza iyi migani ukoresheje amagambo ukuye mu 
    mwandiko.

     a) Uwavuga ay’...................... ubuki ntibwaribwa.
     b) Igiti kimwe si...................................
     c) Ntawujya mu .................................. ngo abure inkoni aca.
     d) Ukurusha ......................... aba akurusha urugo.
     e) Ubuze ay’iburyo akama ay’.............................
     f) Ubwenge bw’....................... burayobera.
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko 
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite

     1. Iyi mvugo “Gera umuzinga ku wa Bugegera” yaturutse he? 
     2. Ubukungu bwa Mirenge yabuvanye he? 
     3. Kugira ngo Bugegera ashobore kwibeshaho yagize ikihe 

    gitekerezo? 

    4. Kugira ngo Bugegera abone umubohera umuzinga yasabye iki 
    umugore we?
     5. Kugera umuzinga ku wa Bugegera bisobanura iki?
     6. Umuntu ukora umwuga wo korora inzuki bamwita ngo iki?
     7. Hitamo igisubizo cy’ ukuri. Uyu mwandiko ni:
     a) Inkuru
     b) Igitekerezo
     c) Insigamigani
     d) Umugani muremure.
    III. Gusesengura umwandiko.
    Musubize ibi bibazo bikurikira:
     1. Vuga ingingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko.
     2. Ni izihe nyigisho z’ingenzi twakwigira kuri iyi nsigamigani? 
     3. Ukurikije imiterere y’uyu mwandiko n’ibivugwamo, wavuga ko 
    insigamigani ari iki, irangwa n’iki?
    IV. Kungurana ibitekerezo ku byavuzwe mu mwandiko:
    Mwungurane ibitekerezo ku nsanganyamatsiko zikurikira:
     Insanganyamatsiko zo gutangaho ibitekerezo: 
     1. Ese gucika intoki z’ikiganza bikwiye gutuma umuntu asabiriza?
     2. Uhereye ko Bugegera yiganye Mirenge yarangiza agakora 
    nk’ibye ndetse akanamurusha, bigatuma abantu bamwegukira 
    bakava kuri Mirenge, wavuga ko Bugegera ari umunyeshyari 
    mubi cyangwa wamwita umuntu uharanira kunguka ubwenge 

    agamije kwibeshaho. 

    3.8. Insigamigani

    1. Inshoza n’uturango by’insigamigani

    – Insigamigani ni zimwe mu bice bigize Ikinyarwanda, zikaba 
    zaragaragariraga cyane, mu mivugire, mu migendere, mu myumvire, 
    mu mikorere no mu mibereho y’ubuzima bwabo bwa buri munsi.
    – Ijambo insigamigani ryagendeye ku magambo abiri y’Ikinyarwanda 
    ari yo “gusiga” n’ “umugani”. Nk’uko amateka y’ubuvanganzo 
    nyarwanda abigaragaza, umugani ni ipfundo ry’amagambo atondetse 
    neza, akubiyemo ihame ridutoza gukora iki cyangwa se kudakora 
    kiriya. 
    – Ijambo gusiga, rikaba rishaka kuvuga kugira ikintu runaka usigira 
    umuryango mugari uzajya ukwibukiraho, kikaba umurage wabo 
    w’ibihe birebire. 
    – Insigamigani yo ni ahantu cyangwa se abantu babaye inkomoko 
    y’umugani kimwe n’ibindi abantu berekejeho ibitekerezo nk’inyamaswa, 
    inyoni, n’ibindi. Aha ni ho hava izina “ibirari by’insigamigani”. Bikaba 
    bishaka kuvuga aho ikintu cyanyuze kigana aha n’aha. 
    – Insigamigani rero ni amayira, amateka, amagambo, n’uburyo 
    imvugo yabaye umugani yadutsemo igihe iki n’iki, ahantu aha n’aha. 
    2. Imirangururire y’insigamigani

    Barangurura insigamigani, bagaragaza aho naka yanyuzemo ubwe, 
    cyangwa aho Gacamigani we yahimbiye kunyuzamo ikindi yitiriye 
    umugani. Bati: “Umugani uyu n’uyu wakomotse kuri kanaka cyangwa 
    se nyiranaka”. Bakigisha cyangwa se bakibutsa imimerere yo guhimba 
    kwe, ishobora kumera nk’iya wa wundi wa mbere bakurijeho. 

    Dore mbese nk’umugani baca bagira ngo “Arimo Gishegesha ntavura” 
    bavuga ko wakomotse kuri Gishegesha cya Bungura wo mu Bibungo 
    bya Mukingo mu Nduga, na Bugabo wo mu Bugesera, ahasaga mu 
    wa 1600, ku ngoma ya Mibambwe Gisanura. Wamamaye kuko 
    Gishegesha yayoboye Abanyarwanda batera u Bugesera, agakuza 
    Bugabo amata mu kanwa ari bwo akigabana. Yamubereye kirogoya 

    kuko yamunyagishije inka atarazimarana kabiri. Iyo rero amaronko 

    yajemo kirogoya ikayavutsa nyirayo ni bwo bagira bati: “Arimo 
    Gishegesha ntavura”. Ubwo baba bigana Bugabo wamaze kunyagishwa 
    na Gishegesha akavuga atyo, ati: “Arimo Gishegesha ntavura”.
    Umukoro
    Mushake izindi ngero nibura eshatu z’insigamigani mwaba muzi, muvuge 
    n’icyo zisobanura: mushobora kwifashisha isomero cyangwa mukabaza 

    abantu bakuru.

    3.9. Dore umunyana

    good

    Dore umunyana weee!
    Dore umunyana weee! Ntukababare
    Dore umunyana weee!

    1. Umunyana weee!
     Uwanga u Rwanda rwacu, shenge weee,
     Iyo nganji iganje shenge weee,
     Uwanga u Rwanda wacu ntakatubemo

     Dore umunyana weee!

    2. Umunyana weee!
     Uwanga abana bacu, shenge weee,
     Iyo nganji iganje shenge weee,
     Uwanga abana bacu ntakatubemo
     Dore umunyana weee!

    3. Umunyana weee!
     Uwanga ubumwe bwacu, shenge weee,
     Iyo nganji iganje shenge weee,
     Uwanga ubumwe bwacu ntakatubemo
     Dore umunyana weee!

    4. Umunyana weee!
     Uwanga Abanyarwanda, shenge weee,
     Iyo nganji iganje shenge weee,
     Uwanga Abanyarwanda ntakatubemo

     Dore umunyana weee!

    I. Inyunguramagambo
    a) Mushake ibisobanuro by’aya magambo.

     1. Umunyana 3. Inganji
     2. Ntakatubemo 4. Kuganza
    b) Umwitozo ku nyunguramagambo
     Mukoreshe aya magambo mwubake interuro ziboneye 
    zumvikanisha ko mwumva icyo asobanura.

     1. Umunyana 3. Inganji

     2. Ntakatubemo 4. Kuganza

    II. Ibibazo ku mwandiko
    a) Hitamo igisubizo nyacyo
     1. Mu gitero cya mbere umuririmbyi avuga ko ari nde 
    udakwiye kutubamo?
     a) Umunyana
     b) U Rwanda rwacu
     c) Uwanga u Rwanda rwacu
    2. Ni iki gikwiye gutuma tutababara kivugwa mu 
    mwandiko?
     a) Kubona umunyana
     b) Indirimbo
     c) Umubabaro
    b) Subirisha yego cyangwa oya
     1. Ukurikije umwandiko umunyana ni ikintu kiza ............................
     2. Uwanga Abanyarwanda ntakatubemo .........................................
    c) Subiza ibibazo bikurikira
     1. Iyi ndirimbo ifite ibitero bingahe?
     2. Ni iki umwanditsi yifuza ku muntu wanga abana?
     3. Andika inyikirizo y’iyi ndirimbo.

    III. Kungurana ibitekerezo no guhanga bandika
    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:
    1. Ni ryari umuntu ashobora kuririmba?

    3.10. Uturango tw’indirimbo

    Mushake ibiranga indirimbo
    Indirimbo irangwa n’injyana iryoheye amatwi n’amagambo ateye ubwuzu 
    ku buryo uyumva yumva yishimye.
    Irangwa kandi n’ibitero bikubiyemo ibitekerezo bitandukanye 
    twagereranya n’ibika byo mu mwandiko usanzwe. Igira kandi n’inyikirizo 
    igenda igaruka.
    Indirimbo irangwa n’amajwi akunze guherekezwa n’ibicurangisho 
    bitandukanye bituma amajwi yayo arushaho kuryohera amatwi.
    Umukoro
    Nimutegure indirimbo muzajya muririmba mu birori cyangwa mu masaha 

    agenewe imyidagaduro mukurikije uturango tw’indirimbo.

    Mfashe ko:
    – Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zishobora kwirindwa
     abantu bifata, hakoreshwa agakingirizo ku bananiwe kwifata, 
    abashakanye bakirinda gucana inyuma. 
    – Ibihe bikuru by’inshinga birimo impitagihe, indagihe n’inzagihe.
     Urugero:    – Abana bakina buri munsi.
                             – Ejo hashize abana barakinnye.
                              – Ku wa Gatatu utaha abana bazakina. 
                              – Ikinyazina mbaza gifasha mu kubaza usobanuza cyangwa ushaka 
    kumenya umubare w’ibintu.
     Urugero: Ufite imyaka ingahe? Utuye hehe? Wiga ku kihe kigo?
    – Ikinyazina mboneranteko kerekana inteko izina ryashyizwemo.
     Urugero: Dore ka Muhoza karaje! Muhoza yashyizwe mu mu nteko 
    ya 12.

    – Insigamigani ni imvugo yaturutse ku bikorwa by’umuntu wasize 

    umugani.

     Urugero: Bateye Rwaserera. Bivuga gusahinda bateza imvururu. 
    – Indirimbo igira uturango twayo. Twavuga nk’ibitero n’inyikirizo 
    igenda igaruka ndetse n’injyana ipimye.

    3.11. Isuzuma risoza umutwe wa gatatu

    Umwandiko: Ntugahe umwana ngo uranguze. 
    Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu ugiye kwitsembaho utwe 
    ngo akunde ashimishe uwo aha; ni bwo bamubwira bamwigisha, 
    bati:“Ntugahe umwana ngo uranguze!” Wakomotse ku nama Rujugira 
    yagiriye Sebutuku wo mu Bwanacyambwe, ahayinga umwaka wa 1700.
    Ku ngoma ya Kilima Rujugira, uwo mugabo Sebutuku wari utuye i Nduba 
    mu Bwanacyambwe; yashatse umugore babyarana abana b’abahungu 
    batandatu; ntibagira umukobwa babyarana. Abana arabarera, bamaze 
    kuba abasore bose arabashyingira. Ngo yari afite amatungo menshi 
    n’abagaragu benshi. 

    Bukeye akoranya inshuti ze n’abavandimwe kugira ngo ahe abana 
    be iminani. Bamaze guterana ahamagaza abahungu be, n’abakazana 
    baraterana, ahamagaza inka ze zose, n’abagaragu be abigabagabanya 
    abana be bose. Ntiyagira icyo yisigira: ari inyarurembo, ari ingarigari 
    mu matungo no mu bagaragu; byose aratsemba. 

    Abavandimwe n’inshuti ze babibonye baramubaza bati: “Cyose 
    Sebutu! Ko tureba utanze ibintu byawe byose ntiwisigire na kamwe, 
    wowe uzatungwa n’iki?” Ati: “Abana bange bazantunga nk’uko 
    nange nabatunze; ati: “Ko nabatunze ari batandatu, bo bazananirwa 
    kuntunga ndi umwe? Kandi ibyantungaga ari bo mbihaye nta na kimwe 
    ngeruyeho?” Abandi bati: “Ngaha tuzaba tureba uko bizagenda.” 
    Bungamo bati: “Icyakora ni bwo bwa mbere tubona ibi!” Barikubura 
    barataha; ariko bataha bamugaye. 

    Abana rero bamaze guhabwa iminani yabo muri byose, baraterana 
    bajya inama y’uburyo bazatunga se. Bemeranya ko bazajya bakuranwa 
    gufata igihe bazana amata n’ibindi byose bitunga abantu.
    Ubwo habanza mukuru wabo; atanga abafatagihe n’amata amutunga, 
    ndetse n’imyaka n’amayoga y’iminsi yose rugeretse! Babigira batyo 
    bakuranwa kugeza ku muhererezi wabo. Bamaze guhetura, haba 
    hatahiwe mukuru wabo. Yiyibagiza amasezerano ya barumuna be 
    yanga kohereza ibitunga se. 

    Sebutuku ategereza ingemu araheba. Arahaguruka ajya kubaza 
    icyatumye bamurangarana. Arabateranya ati: “Mwangenje mute 
    ko ngiye kwicwa n’inzara?” Abatanu bamubwira ko hari hatahiwe 
    mukuru wabo, bati: “Ni we wakurangaranye”. Sebutuku amubaza 
    icyabimuteye. Umuhungu aramwihorera. Sebutuku abwira barumuna 
    be ati: “Nimumwihorere muntunge nzajya kumurega ibwami.” Abandi 
    bati: “Nta bwo twamucaho ari we wari utahiwe!”

    Nuko Sebutuku biramushobera, arikubura arataha. Ageze iwe 
    inzara iramurembya n’umugore we nyina wa ba bana, ndetse kuva 
    ubwo bamukubita amaso bakareba hasi. Abavandimwe ba Sebutuku 
    barabibona, baramubwira bati: “Tutakikubwira!” Noneho bashaka 
    ibimutunga, bamuha n’abagaragu bamuherekeza ajya ibwami kurega 
    abahungu be. 

    Ahaguruka iwe i Nduba ya Bwanacyambwe, asanga Kilima i Ntora. 
    Ageze ibwami akoma yombi, ati: “Nyayasani mfite abana batandatu. 
    Narabubakiye mbegurira ibyange byose, dusezerana kuntunga, none 
    banyicishije inzara kandi narabareze ari batandatu; bananiwe kundera 
    ndi umwe.”

    Ibwami babaza Sebutuku bati: “Wabahaye ibyawe byose ntiwisigira 
    inyarurembo?” Undi ati: “Nabeguriye ibyange byose, ngira ngo 
    bazantunge nk’uko nange nabatunze.”
    Abari aho bose baseka Sebutuku; bati: “Kabishywe upfuye bene ako 
    kageni ; ni wowe wiyishe.” Bati: “Nka nde wundi wabibonanye, kuva na 

    kera mu bakubanjirije batanze iminani?” Bati: “Ni nde wabonye yiyaka

    ibintu bye byose akabyegurira abana agasigara ubusa!”
    Nuko Sebutuku abura icyo abasubiza arataha. Amaze kwikubura 
    Cyilima ntiyanyurwa, atumiza abana be n’abagaragu n’inka z’iminani 
    yabo. Bene Sebutuku bageze ibwami, berekana amatungo se yabahaye. 
    Kilima ategeka abatware be ati: “Nimugabanye Sebutuku n’abana be, 
    umwana wese mumuhe inka munani n’abagaragu munani, ibisagutse 
    byose Sebutuku abyegukaneho ingarigari.” Abwira abari aho bose 
    bakuru ati: “Ntihazagire ukora ibyo Sebutuku yakoze, ngo najya guha 
    abana aranguze.”

    Kuva ubwo umugani uhama utyo mu Rwanda, uturutse ku iteka Kilima 
    Rujugira yaciriye kuri Sebutuku. Umugani na wo wamamara mu 
    Rwanda uturutse ku ijambo Rujugira yabwiye abakuru, ati: “Mubyeyi 

    wabyaye, ntugahe umwana ngo uranguze”.

    “Kuranguza: Kwikuraho byose ugasigara amara masa.”

    MINISITERI Y’URUBYIRUKO, UMUCO NA SIPORO, Ibirari by’Insigamigani, Icapiro 

    ry’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda, Igitabo cya kabiri, Icapiro rya 3, Printer set, 2005.

    I. Inyunguramagambo
     1. Kora interuro wifashishije aya magambo ukoresheje 
    inyito afite mu mwandiko:

     a) Iteka
     b) Bene ako kageni
     2. Andika impuzanyito z’amagambo akurikira:
     a) Ikibondo 
     b) Bamurangarana
     3. Uzurisha izi nteruro amagambo ari mu mwandiko.
     a) Abatajya ......................... babeshywa byinshi.
     b) Sebutuku yatanze byose ntiyisigira ..........................
     c) Iyo utunze ......................... nyinshi ni zo zigukamirwa.

    4. Sobanura izi nshoberamahanga:
     a) Kwicinya icyara
     b) Amaguru ayabangira ingata
     5. Tondeka aya matsinda y’amagambo maze areme 
    interuro ziboneye, kandi uzandike witondeye utwatuzo 
     badutoje kutandavura – kuko ntakiza badukinze – kurangwa 
    n’ubutwari n’ubwitonzi – nshime abatubyaye – ngo dukenkemure 
    igihugu cyacu – mumpe urubuga.
    II. Kumva umwandiko 
     1. Muri uyu mwandiko haravugwamo ba nde?
     2. Uyu mugabo Sebutuku aragawa iki?
     3. Ni iyihe mpamvu yatumye Sebutuku ajya kuregera umwami 
    abahungu be?
     4. Ni irihe teka umwami Cyilima Rujugira yaciye kubera Sebutuku?
     5. Umwami Cyilima Rujugira yaciye ate urubanza rwa Sebutuku?

    III. Ikibonezamvugo
     1. Amagambo aciyeho akarongo ni bwoko ki? 
     a) Uriya mwana we arakora iki hariya?
     b) Urabikura hehe? Aho mbikura ni nge uhazi
     c) Muri aba bana uwawe ni uwuhe?
     d) Mbega ngo rwa Semuhanuka ruritwara nabi!
     2. Tanga ingero z’interuro ebyirebyiri wakoreshejemo ikinyazina 
    mbaza n’ikinyazina mboneranteko.
     3. Shyira inshinga y’iyi nteruro mu nzagihe
     Mfite akana. 

    IV. Ubuvanganzo
     1. Insigamigani ni iki?
     2. Tanga urugero rw’insigamigani ebyiri waba uzi.

     3. Indirimbo irangwa n’iki?

    2 Ibidukikije4 Uburinganire n’ubwuzuzanye