• UMUTWE WA 1: UMUCO NYARWANDA

    1.1. Utaganiriye na se ntamenya icyo sekuru yasize avuze


    Buri mugoroba umuryango wa Kamana uhurira ku meza, barangiza gufungura bagatarama. Kamana yifuza ko abana be bakurana imico myiza, bigatuma abatoza indangagaciro ndetse n’ubuvanganzo nyarwanda. Yiyumvisha ko igiti kigororwa kikiri gito kandi ko uburere buruta ubuvuke. Akunda kubwira abana be ati: “Ibi mbabwira muge mubyitaho kuko akabando k’iminsi gacibwa kare kakabikwa kure”. Abana be rero abatoza guca imigani, gusakuza, kwivuga ndetse no kuganira n’abandi batebya kugira ngo bazabe intyoza. Nta bwo agarukira ku muco n’ubuvanganzo gusa, ahubwo gutarama buri mugoroba bituma abaha n’ubumenyi bunyuranye mu bintu bitandukanye. Abana barisanzura, bakamubaza ibyo babona badasobanukiwe, ndetse bikaba n’umwanya wo kuganira ku mibereho yabo mu gihe kizaza. 

    Umunsi umwe, bataramye nk’uko bari basanzwe babimenyereye maze Umutesi abaza se ati: “Ko kera hatabagaho isaha ndetse n’indangaminsi, abantu bamenyaga bate iminsi n’amasaha”? Nuko se amusobanurira ko kera bashingiraga ku zuba, ku kwezi ndetse no ku nyenyeri mu kuranga igihe. 

    Abakurambere bacu bo bifashishaga izuba, ukwezi, ingoma z’abami, inzara, igitero, icyorezo, ibihe by’imvura, ingano y’imyaka mu mirima, amatungo n’ibindi. Bayoborwaga kandi n’ibibera mu bintu bibakikije. Bagakurikirana inyoni uko ziririmba, isake igihe ibikira, bakamenya ko imvura igiye kugwa bahereye ku majwi y’inyoni zimwe na zimwe n’ibindi. 

    Ibyo byose rero ntibabyigiraga mu mashuri kuko atabagaho. Babyigiraga mu miryango bataramanye n’ababyeyi babo. Abana n’ababyeyi babo rero kenshi bataramiraga hanze, bitegereza ikirere n’inyenyeri, cyangwa bagataramira mu nzu, bota umuriro mu gihe k’imbeho. 

    Mu gitaramo ababyeyi babwiraga abana babo amasano bafitanye n’abandi bantu bo mu muryango wabo, bakabigisha imyitwarire myiza bagomba kugenderaho. 

    Abahungu babwirwaga iby’ubutwari bwa ba sekuruza, bagategurirwa kuba abagabo. Abakobwa na bo bigishwaga na ba nyina uko bagomba kwitwara, bakigishwa kwirinda gutwara inda zitateganyijwe. Aho ni ho bamenyeraga za kirazira, bakamenya amateka y’abakurambere. Bahamenyeraga ibisekuruza byabo, bakamenya imiryango bashobora gushakamo abageni, iyo bafitanye igihango n’iyo bahanye inka batagomba guhemukira. Aho rero ni ho havuye imvugo ngo “Utaganiriye na se ntamenya icyo sekuru yasize avuze.” 

    Kuri ubu rero, ibitaramo mu miryango bisa n’aho byacitse. Usanga ahenshi byarasimbuwe no kureba tereviziyo cyangwa kumva amaradiyo. Ababyeyi usanga batakigira umwanya wo gutaramana n’abana babo kubera imirimo myinshi no gushakisha amafaranga. Hari kandi n’abava mu kazi bakajya kwiga nimugoroba. 

    Nyamara nta kintu gikwiye gusimbura uruhare rw’ababyeyi mu burere bw’abana, cyanecyane kubagenera igihe cyo kuganira na bo nimugoroba. Ni yo mpamvu usanga umuco mwiza ugenda ucika vuba na vuba, ihererekanywa ry’ubuvanganzo rikajyamo icyuho, ku buryo usanga nta bana bakimenya gusakuza, guca imigani ndetse no kuganira batanga ibitekerezo bifite ireme mu mvugo yuje ikinyabupfura. 

    Bana rero, niba mubona mu muryango wanyu mutabona igihe cyo gutarama no kuganira n’ababyeyi banyu, mwumve ko hari ibintu byinshi muhomba. Nimubibasabe babagenere uwo mwanya kandi namwe hagati yanyu muge mutarama, musakuze, muce imigani muganira ku bibera mu isi, maze murebe ko mutahungukira ubumenyi bubafasha kumva neza ibyo mwiga mu mashuri. 

    Gutarama kw’iki gihe kandi kwagombye kujyana n’igihe tugezemo maze mu bitaramo hakabamo umwanya wo gusoma ibitabo n’ibindi byungura ubwenge abana, abakuru na bo bagakomeza kwihugura kuko kwiga ari uguhozaho.

    I.    Inyunguramagambo

    II.    Ibibazo byo kumva umwandiko:

    1.    Ni iki Kamana atoza abana be mu gitaramo ku bijyanye n’ubuvanganzo?

    2.    Ni ibihe bindi abantu bungukira mu gitaramo?

    3.    Nk’uko bivugwa mu mwandiko, abakurambere bacu barangaga igihe bate?

    4.    Ni izihe mpamvu zituma umuco wo gutarama mu Rwanda ugenda ucika?

    5.    Ni iki umwanditsi akangurira abana?

    6.    Iyo bavuze ngo: «Kwiga ni uguhozaho» wumva iki?

    III.    Gusesengura umwandiko

    1.    Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?

    2.    Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    3.    Tanga ingero z’indangamuco dusanga muri uyu mwandiko.

    IV.    Kungurana ibitekerezo

    Muhereye ku kamaro ko gutaramana n’ababyeyi, musanga impamvu zitangwa zituma ababyeyi badataramana n’abana zumvikana?

    1.2.   Ikinyazina ngenera ngenga

    Kwita ku by’iwacu byaturinda gusesagura Mbere y’umwaduko w’abazungu, Abanyarwanda bari bafite umuco wabo bihariye n’ibikoresho byabo bikoreraga. Bariraga ku mbehe zikozwe n’amaboko yabo, bagateka mu byungo byabo bibumbiye, bagahingisha amasuka yabo bacuriraga mu nganda zabo bakoresha imivuba. 

    Kurarikira iby’ahandi byatumye umuco wacu ucuyuka n’ubukorikori bwacu burahagarara. Mbere twari dufite amasuka yacu, dufite umuco wacu, imbyino zacu, n’indirimbo zacu none byose usanga byaraganjwe n’iby’ahandi. 

    Inama rero ni uko dukwiye gukoresha iby’ahandi tudashobora kwikorera iwacu. Twagendera mu modoka zabo kuko tudashobora kuzikora, ariko tukarira ku mbehe zacu, tukanywa ibinyobwa byacu. Gutira tugatira n’ibyo dushobora kwikorera hano iwacu ni byo bituma duhora turi inyuma yabo. Nta shema bitera gukoresha iby’abandi kandi ushobora kwikorera ibyawe.

    Ibibazo byo gusubiza:

    1.    Amagambo yanditse atsindagiye murumva asobanura iki?

    2.    Ni ibihe binyazina mwumva byumvikana muri ayo magambo?

    3.    Ese iyo afashe indomo “i” cyangwa n’izindi ndomo “u” na “a” mwumva akomeza kuba ibinyazina?

    Inshoza y’ikinyazina ngenera ngenga

    Ikinyazina ngenera ngenga kerekana utunze n’icyo atunze. Kikaba ari inyunge ya ngenera na ngenga.

    Imiterere y’ikinyazina ngenera ngenga

    Mu nteruro, ikinyazina ngenera ngenga gikurikira izina ariko kandi gishobora no kurisimbura. Iyo cyasimbuye izina, gifata indomo.

    Urugero:

    Abana bange bakunda kwiga. Abange bakunda kwiga.

    Igihugu cyacu ni intangarugero mu kubahiriza uburinganire. Icyanyu se cyo kimeze gite?

    Umuhungu wabo yiga mu wa kane. Uwabo yiga mu wa kane.

    1.    Reba uko ibinyazina ngenera na ngenga byiyunga:

    Urugero:

    Bange = ba + nge

    2.    Iyo ikinyazina ngenera kiyunze na ngenga muri ngenga ya mbere n’iya kabiri mu bwinshi, indangasano (indangakinyazina) tu- na muzihinduka -cu na -nyu kandi n’igicumbi cya ngenga kikaburizwamo.

    Urugero:

    Twandika “Imbehe zacu” aho kuba “imbehe zatu.”

    Twandika “Imbehe zanyu” aho kuba “imbehe zamu.”

    3.    Muri ngenga ya gatatu y’ubumwe ariko mu nteko zose, igicumbi cya ngenera n’indangasano ya ngenga biburizwamo.

    Urugero:

    Abana be

    Inka ze

    Dore imbonerahamwe y’ikinyanzina ngenera ngenga:


     

    Murabona ibinyazina biteye bite mu nteko zitandukanye?

    Imyitozo

    1. Tanga interuro enye ukoreshamo ikinyazina ngenera ngenga muri ngenga ya mbere n’iya kabiri mu bwinshi.
    2. Tahura ibinyazina ngenera ngenga biri muri iyi baruwa uvuge n’inteko birimo.

    3.   Simbuza amagambo aciyeho akarongo mu nteruro zikurikira ikinyazina ngenera ngenga gikwiye:

    a)   Ubutumwa bwa Perezida wacu ni ubwo kutwifuriza umwaka mushya muhire.

    b)    Amasambu ya so n’aya nyokorome ahana imbibi n’isambu nsangiye n’umuvandimwe tuvukana.

    c)    Amakuba yakubayeho n’ayabaye kuri Karori nayabwiwe n’umuvandimwe musangiye ababyeyi.

    1.3. Ubukwe bwa kinyarwanda

    Sesonga Yohani mwene Sebazungu ni umusore w’ibigango umaze gusoreka. Yari yujuje inzu ya kijyambere isakaje amategura. Umunsi umwe, se wabo aramusura asanga avuye gutera agapira amaze kwiyuhagira, bicarana mu ruganiriro. Nuko uwo musaza yitegereza uburyo inzu ye iteye amarangi meza, intebe nziza, akabati, ameza yo kuriraho n’ibindi. Nuko bakomeza kuganira abyitegereza ariko ageze aho aramubaza ati: “Ese shahu, ko ndeba nta kibuze mu nzu yawe, kuki utarongora? Urashaka kuzaba Padiri”? Umuhungu araseka cyane, maze aramubwira ati: “Nabuze umuranga. Kandi sinarambagiza nta muranga bimwe byateye ubu. Nge ndifuza gushaka ahantu haba hari umukobwa w’imico myiza, warinze ubwari bwe maze nkamurambagiza tukabanza tukamenyana, nkamwereka imico yange na we akanyereka iye. Sinifuza guhubuka ngo ejo uzasange dutandukana tutamaze kabiri dore ko ari byo byeze”. 

    Nuko umusaza aramubwira ati: “Nyamara kwa Ruringabo uwo mukobwa wifuza arahari. Se ni inshuti yange dukunze gusurana. Nakomeje rero kwitegereza imico y’umukobwa we urangije kaminuza, nsanga nta we namunganya. Nubwo ari imfubyi, mukase yamureze neza; kandi yarize azashobora kurera n’ibibondo byanyu neza”. Nuko umusore aramusubiza ati: “Ubwo ntumbereye umuranga?” Reka ahubwo nzamugenderere tuganire.” Nuko se wabo ati: “Ubwo se ko se ari inshuti yange, wamuntumyeho nkamukubwirira?” Sesonga araseka cyane. “Mbe muzehe, ugira ngo ibya kera ni byo by’ubu? Kuri ubu nta musaza ugishimira umugeni umwana we. Kandi atari nange, n’uwo mukobwa abyumvise yabiseka cyane kuko se ntiyamuhatira gusanga uwo adashaka. Reka rero nzabanze nganire na we, niduhuza kandi tugakundana, nzababwira muge kumunsabira”. 

    Iryo joro aryama ataryamye, afata ikemezo cyo gushaka umufasha bazubakana. Akomeza kubaza mu nshuti n’abavandimwe iby’imyitwarire y’uwo mukobwa, bose bakagenda bamumushimira. Hashize iminsi yiyemeza kumusura iwabo nk’umusore ugiye kurambagiza. Nuko ahageze bamwakirana urugwiro, baramuzimanira, asezeye Gasaro aramuherekeza. Ubwo ni bwo Sesonga yamubajije kuri gahunda afite z’ubuzima bwe buri imbere. Kuva ubwo bakomeza gusurana, barakundana, baramenyana, bemeranya kubibwira ababyeyi babo. 

    Ntibyatinze rero, ku munsi yari yateguye, Sesonga atura ababyeyi be akayoga, bigeze hagati abasaba ijambo. Nuko araterura ati: “Babyeyi rero, nashimye umukobwa wa Ruringabo none ndashaka ngo muzage kumunsabira”. Iryo jambo ababyeyi bararishima. Haciye iminsi bajya kuvunyisha kwa Ruringabo ko bifuza gufata irembo. Nuko imiryango yombi itangira imyiteguro. Batora abaranga n’abahagarariye imiryango ku mpande zombi. Igihe cyo gusaba kigeze, barasaba, barakwa, baratebutsa, barangije barashyingirwa. Uwo munsi wo gusaba ni wo wanshimishije muri byose. Abari bahagarariye imiryango yombi baryoheje ubukwe kubera uburyo bavugaga Ikinyarwanda kinoze. Babanza guterana amagambo basa n’abacengana, ndetse bavuga ko n’umugeni basaba adahari. Uburyo usaba abyitwaramo burashimisha cyane, kuko imitego yose bamutega ayikuramo neza, bakamubeshyera akiregura, maze byageraho bakamwemerera umugeni ariko babanje kumurushya nyamara ntiyigere na rimwe arakara ngo yivumbure. 

    Mu kujya gukwa na bwo byari uko. Batoye abakwe barimo abikorezi, umushumba, abagabo b’ibikwerere, abagore b’amajigija, abasore n’inkumi nange ariko nari mbarimo. Nuko dusanga batwiteguye, imisango iratangira. Umukwe mukuru araterura ati: “Mu by’ukuri duheruka hano tuje gusaba umugeni, none twari tubazaniye inkwano. Inkwano tubaha si ikiguzi ahubwo ni ikimenyetso cy’uko mwareze neza. Ubwo nimuhuguka murambwira nsabe umushumba ahamagare inyana twazanye”. Umushumba amaze kuvuga izina ry’inka umukwe mukuru abaha n’isuka rugori yo kuyihingira ubwatsi; abari aho batanga amashyi n’impundu. 

    Inkwano imaze kwakirwa umugeni asohoka yambaye ikanzu ndende, asa n’izuba rirashe, akimbagira ashagawe n’abasore n’inkumi yicara iruhande rw’umukwe. Nuko imihango y’ubukwe irakomeza. Nimugoroba baherekeza abakwe. Haciyeho igihe kigera ku kwezi, habaho gushyingira, byose bigenda neza. Ubu Sesonga ni umugabo uganje mu rugo hamwe n’umufasha we Gasaro.

    I. Inyunguramagambo

    1.    Umuranga                                                                5.    Inkwano

    2.    Kurambagiza                                                          6.    Isuka rugori

    3.    Kuvunyisha                                                             7.    Impundu

    4.    Imisango

    Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite ukurikije uko yakoreshejwe mu mwandiko:

    1.    Kurambagiza                                      4.    Inkwano

    2.    Kuvunyisha                                         5.    Ibigango

    3.    Imisango

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    1.    Umusore uvugwa muri uyu mwandiko amaze gushima umukobwa yakoze iki?

    2.    Ni uwuhe munsi washimishije umusore uvugwa mu mwandiko? Kuki?

    3.    Ni iki kerekana ko Sesonga ari umusore w’imico myiza?

    4.    Ni iki kerekana uburere bwiza bwa Gasaro?

    5.    Sesonga yari ajyanwe n’ iki kwa Gasaro?

    6.    Ni iki kerekana ko abari mu misango bishimiye ibyakozwe?

    7.    Imihango y’ubukwe ivugwa muri uyu mwandiko ni iyihe?

    III. Gusesengura umwandiko


    1.    Garagaza ingingo z’ingenzi zikubiye mu mwandiko.

    2.    Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    3.    Ni izihe ngero z’indangamuco nyarwanda zivugwa mu mwandiko?

    IV. Gukina bigana

    Muhereye ku mwandiko mumaze gusoma, nimuhimbe agakino mwigana imisango y’ubukwe bwa kinyarwanda, ku buryo hagaragaramo umusangza w’amagambo, usaba n’usabwa umugeni, abasangwa n’abakwe. Mukoreshe imvugo iboneye y’Ikinyawarwanda muri iyo misango.

    1.4. Ikinyazina mpamagazi


    Umuco wacu tuwusigasire

    Wa mugabo we utuye i Rwanda
    Wa mugore we mu rugori
    Wa musore we uvuka i Rwanda
    Wa mwari we nawe berwa
    U Rwanda rwacu rurabakunda.

    Mwa bana mwe nshuti zange
    Mwa banyeshuri mwe mwiga
    Nimuhaguruke duhagarare
    Tubungabunge umuco wacu
    Utaducika tukawuhomba.

    Imico y’ahandi na yo igira ibyiza
    Ariko n’ibibi byinshi biyibamo
    Nabonye abashakanye bagatana
    Mbona abakundana bagahemuka
    Abari bambara ntibikwize.

    Mwa bayobozi mwe mutuyobora
    Mwa babyeyi mwe mwabyaye
    Mwa barezi mwe muduha uburere
    Mwa barerwa mwe mukibyiruka
    Nimutabare mudata uwo muco.

    Nimuhaguruke muhagarare
    Isi iragenda iba umudugudu
    Imico irinjiranamo ubutitsa
    Nitutugarira turugarizwa
    Umuco wacu ugende wose.

    Umuco wacu tuwusigasire
    Umubano wacu tuwukomereho
    Twamagane ibibi biva iyo hose
    Bitadutokoza tukaba umwanda
    Umuco wacu uganze i Rwanda.

    Ibibazo byo gusubiza:
    1. Amagambo yanditse atsindagiye mwumva afite uwuhe mumaro muri izi nteruro?
    2. Muhereye ku miterere yayo, mwayita iki?
    3. Yakoreshejwe muri ngenga zihe?
    4. Ushobora guhamagara ikindi kintu kitari umuntu? Icyo gihe bigenda bite?

    a) Inshoza y’ikinyazina mpamagazi

    Ikinyazina mpamagazi gituma igihamagarwa cyumva ko bashaka ko kiza cyangwa gitega amatwi bakakibwira.

    b) Imiterere y’ikinyazina mpamagazi

    Ikinyazina mpamagazi ntikigira indomo, kibanziriza izina ry’igihamagawe kandi gituma indomo y’iryo zina itakara iyo riyifite. Iyo izina gisobanura riri mu bumwe kiba wa, ryaba riri mu bwinshi kikaba mwa. Ni ukuvuga ko gikoreshwa gusa muri ngenga ya kabiri y’ubumwe n’ubwinshi. Ijambo risobanura igihamagawe rikurikirwa iteka n’ikinyazina ngenga gifite igicumbi – e.

    Iyo dukoresheje ikinyazina mpamagazi duhamagara ibindi bintu bitari abantu, ibyo bintu bifatwa nk’abantu mugiye kuvugana maze isanisha ryose rigakorwa mu nteko ya mbere cyangwa iya kabiri kuko ari zo ziranga abantu.

    Urugero:

    1. Yewe wa nyana we, nzakorora neza, nkugaburire ubwatsi butoshye, nkuhire amazi meza, maze uzambyarire izindi nka nyinshi!
    2. Mwa biti mwe, nzabagurisha.

    Dore imbonerahambwe y’ibinyazina mpamagazi:

         

    Umwitozo:

    1.5. Itorero ry’Igihugu n’amatorero ndangamuco


    Itorero ry’Igihugu n’amatorero ndangamuco bifite uruhare runini mu kwimakaza umuco nyarwanda n’indangagaciro. Itorero ry’Igihugu ni urwego rugamije gukangurira Abanyarwanda uburere mboneragihugu. Rigamije kwimakaza uburenganzira bwa muntu, demokarasi, imiyoborere myiza, kwiteza imbere mu bukungu n’izindi ndangagaciro. Itorero ry’Igihugu ritanga umusanzu mu gufasha gukemura ikibazo k’imyumvire n’imyitwarire, no gufasha guhindura imikorere idashimishije hashingiwe ku muco nyarwanda. Itorero ry’Igihugu si gahunda y’amahugurwa gusa ahubwo rigamije no gutoza Umunyarwanda kuba umusemburo w’impinduka nziza.

    Mu itorero, Abanyarwanda bigiramo imyitwarire iboneye no kutaba ibigwari. Biyibutsa za kirazira, bagahugurwa ku bijyanye n’imiyoborere myiza, guharanira kuba intwari, kwanga ubuhemu, gufatanya n’abandi mu gukemura ibibazo no kwirinda ubugambanyi. 

    Intore rero ni zo musemburo w’impinduka nziza mu ngeri nyinshi z’ubuzima bw’Igihugu, imibereho myiza y’umuryango n’iterambere. 

    Ni byiza ko Abanyarwanda bagira ubumenyi n’ubumenyingiro bituruka mu mashuri yaba ay’inshuke, abanza, ayisumbuye n’amakuru. Nyuma y’ibyo hagomba kwiyongeraho imyitwarire igendanye n’umuco n’indangagaciro zikwiye kuranga umuntu w’inyangamugayo. Ni ngombwa kwimakaza kirazira zijyana n’indangagaciro, abiga bakamenya ko kizira kwica, kwiba, gusebanya, gutukana, kugira umwanda, kwivangura, kutumvira, kugira ubusambo, kudakora imikoro wahawe, gutererana abari mu kaga, kugira ubusambo, kurenganya abo uyoboye n’ibindi.

    Mu Rwanda kandi dufite n’amatorero ndangamuco. Aya matorero ndangamuco afasha kwimakaza umuco wo gutarama no guhiga nk’imwe mu nzira nziza zo kugaruka ku isoko y’umurage w’u Rwanda no kuwuhesha agaciro. Ni amatorero asusurutsa abitabira ibitaramo mu mbyino n’imihamirizo gakondo byo mu duce dutandukanye tw’Igihugu.

    Usibye Itorero ndangamuco ry’Igihugu «Urukerereza» hari n’andi matorero anyuranye afasha mu kwimakaza umuco nyarwanda binyujijwe mu mbyino n’indirimbo. Ubu amatorero amaze kumenyekana cyane ni Inganzo ngari, Intayoberana n’andi menshi. Aya matorero rero agira uruhare runini mu kumenyekanisha u Rwanda mu maserukiramuco mpuzamahanga yitabira.

    Usibye rero kuba amatorero nk’aya afasha mu kumenyekanisha umuco nyarwanda, anafasha abayagize kwiteza imbere bagashobora kwigirira akamaro no kukagirira imiryango yabo. Aya matorero ndangamuco yunganira Itorero ry’Igihugu mu kwimakaza umuco gakondo n’indangagaciro nyarwanda.

    Byafatiwe ku nyandiko “Amateka y’Itorero ry’Igihugu” 

    I. Inyunguramagambo

    1.  Abantu batoranyijwe mu bandi ngo bigishwe imyitwarire iboneye.
    2. Umuntu utari inyangamugayo mu byo akora, utari intwari. 
    3. Ibintu bidakwiye gukorwa mu muryango.
    4. Umuntu wagaragaweho ibikorwa byiza by’ indashyikirwa.
    5. Ibintu bashyira mu mutobe ugahinduka inzoga, babishyira mu mitsima ukongera ubunini.
    6. Ihuriro ry’ abantu bagamije ibiganiro byubaka, hakivangamo kubyina, kuririmba no gusangira amafunguro

    Koresha mu nteruro zawe bwite amagambo akurikira:

    1.    Umusemburo                                        4.    Indangagaciro

    2.    Intore                                                        5.    Amatorero

    3.    Iterambere

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    1. Itorero ry’Igihugu rifite akahe kamaro?
    2. Mu Itorero ry’Igihugu abantu bigiramo iki?
    3. Muri uyu mwandiko haravugwamo ko ari ngombwa kwimakaza iki?
    4. Amatorero yandi avugwa mu mwandiko afite akahe kamaro?
    5. Itorero ndangamuco rigaragariza he ibihangano byaryo?
    6. Kumenya imibereho y’ abakurambere byamarira iki urubyiruko?
    7. Urabona byagenda bite Itorero ry’ Igihugu ridakoze inshingano zaryo uko bikwiye?

    III. Gusesengura umwandiko

    1. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?
    2. Kora inshamake y’uyu mwandiko mu mirongo itarenze icumi.

    IV. Kungurana ibitekerezo

    Muhereye ku bivugwa mu mwandiko mumaze gusoma, mwungurane ibitekerezo mugaragaza uko byagenda Abanyarwanda baramutse batitabiriye Itorero ry’Igihugu ntihabeho n’amatorero ndangamuco. Ni izihe ngaruka byagira ku muco nyarwanda no ku Banyarwanda ubwabo?


    Mu matsinda cyangwa se mwese hamwe mu ishuri nimushinge itorero ndangamuco muhange indirimbo n’imbyino, muge mwitoza mu mwanya ugenewe imikino n’imyidagaduro maze muzage museruka mu gihe k’ibirori ku ishuri ryanyu n’ahandi mwatumirwa.

    1.6. Ikeshamvugo ku isekuru, ku ngobyi no ku rusyo


    Mu muco nyawanda, hari ibikoresho bubahaga cyane kubera akamaro byari bibafitiye maze babishakira imvugo yabugenewe. Icya mbere bubahaga ni ingobyi umubyeyi yahekagamo umwana. Ingobyi zabaga zikannye mu mpu z’intama mu gihe iz’ubu ziba zikoze mu myenda cyangwa mu budodo. Nta washoboraga rero kuvuga ngo agiye kugura ingobyi. Bavugaga ko ari ukuyikosha. Ingobyi kandi ntimeswa ahubwo irahanagurwa kuko kumesa ingobyi ari igitutsi. Ingobyi kandi ntibayijugunya yashaje ahubwo barayishyingura yakuze.

    Ibindi bikoresho bubahaga ni urusyo n’isekuru. Kubigura ni ukubikosha. Urusyo ntibavuga ngo rwamenetse babyita gusandara. Isekuru na yo yarubahwaga kuko ari yo yifashishwaga cyane mu gutegura ibiribwa. Ntibazwa, iraramvurwa, ntimeneka iraribora, ntisaza irakura. Ayo ni amwe mu magambo yabugenewe akoreshwa kuri ibyo bikoresho. Namwe mwihatire kumenya ayandi kugira ngo mutazatatira umuco wacu.

    Ibibazo byo gusubiza:

    a) Nimutahure imvugo isanzwe n’imvugo yabugenewe ikoreshwa ku ngobyi, isekuru n’urusyo maze mubyuzuze mu mbonerahamwe ikurikira:

    b) Musanga ari iyihe mpamvu biriya bikoresho bigenerwa imvugo yihariye?

    1.    Inshoza y’ikeshamvugo

    Ikeshamvugo ni ikoreshwa ry’amagambo yabugenewe ku bantu no ku bintu Abanyarwanda bubahaga cyane mu muco wabo.

    2.    Amagambo yabugenewe ku isekuru

            


    3.    Amagambo yabugenewe ku ngobyi

        


    4.    Amagambo yabugenewe ku rusyo



    Imyitozo:


    Kera Abanyawanda bari bafite ibikoresho bya Kinyarwanda byabafashaga mu mibereho yabo ya buri munsi, birimo ingobyi, isekuru n’urusyo. Duhereye ku ngobyi bahekagamo abana, yari igikoresho cyubashywe na buri wese. Nta wahekaga mu ruhu rw’ihene cyaraziraga. Bakoreshaga uruhu rw’intama. Uwabaga adatunze intama, iyo yabyaraga yajyaga kugura ingobyi mu batunzi. Yabaga ikomeye ku buryo yayihekagamo abana benshi mbere yo kuyijugunya. Ingobyi kandi yagirirwaga isuku, ikameswa, kandi igasigwa amavuta kugira ngo yorohe.

    Iyo umubyeyi yabaga yabyaye, abandi babyeyi bazaga kumushyigikira bakamusera ifu yo gushigishamo igikoma. Ifu bayisyaga ku ibuye rinini, bakoresheje amabuye mato. Babanzaga guhonda urusyo, barangiza bakarutereka ku mabuye hanyuma bagashyiraho ibyo gusya, bagatangira bagasya.

    Iyo babaga barangije gusya, bakuragaho ifu bakoresheje utwatsi.

    Isekuru yo bayifashishaga mu gusekura amasaka n’uburo kugira ngo biveho umurama. Isekuru zabazwaga mu biti by’imivumu. Udashoboye kuyibaza yarayiguraga. Mu gusaza kw’isekuru yaratobokaga cyangwa igasaduka. 

    Ibi rero byari ibikoresho bya kinyarwanda Abanyarwanda bikoreraga. Kuri ubu byasimbuwe n’ibya kizungu, ariko isekuru yo na n’ubu iracyakoreshwa. Urusyo narwo n’ingobyi ihekwamo abarwayi nabyo biracyakoreshwa mu duce tumwe tw’igihugu.


    Ndavuga mu mvugo isanzwe wowe uvuge mu mvugo iboneye:

    1.    Kugura ingobyi                                          6.    Mpa ako kabuye bashesha

    2.    Kumesa ingobyi                                        7.    Iyi ngobyi irashaje

    3.    Isekuru yasadutse                                    8.    Uriya mugabo abaza amasekuru.

    4.    Abasyi batangiye gusya                          9.    Tura iyo sekuru uyigurishe.

    5.    Ndi guhonda urusyo                               10.    Mpereza icyo giti nisekurire ubunyobwa.

    1.7. Umurage n’izungura mu Rwanda

                

    Hari hashize igihe kinini mama yitabye Imana, data asigara ari umupfakazi. Kubera urukundo data yakundaga nyakwigendera, ntiyigeze ashaka undi mugore. Ahubwo yakomeje kuturera, atwitaho adutoza imico myiza. 

    Ntiyigeze aba nka ba babyeyi gito basigaye batandukana bakuze, ugasanga umugabo atandukanye n’umugore nta n’imperekeza amuhaye. Nuko hashize igihe, data amaze kugera mu za bukuru, afatwa n’indwara araremba. 

    Ubusanzwe ntiyigeraga aryama cyangwa ngo yicare ku manywa nta kintu ari gukora, maze haza guhita icyumweru cyose adashobora kuva mu buriri. Yari amaze iminsi arwaye iryinyo, bamujyana mu bitaro, ariko iryinyo ntiryakira, bamugarura mu rugo. Nuko ishinya irabyimba, itama rirabyimba, mu muhogo harabyimba, mu minsi mike aba atagishoboye kugira icyo arya ngo akimire no kuvuga bitangira kumunanira. 

    Hashize iminsi adutumaho twese abana be, abahungu n’abakobwa, abanza kuduha impanuro arangije araturaga. Ubwo ni bwo natangiye kumva ko umubyeyi wadukunze akaduha uburere bwiza, agiye gutabaruka. 

    Amaze kutugabanya imitungo yari afite yose, twese aturinganiza, aratwihanangiriza agira ati: “Bana bange, uyu murage w’ibintu mbasigiye nta gaciro gakomeye ufite. Ntuzabateranye kuko ari ubusabusa. Umurage ukomeye mbasigiye ni urukundo, ubumwe, ubufatanye no gukunda umurimo. Izo ndangagaciro nazigendeyeho muri ubu buzima maze ku isi. Ni zo zizabageza ku butunzi nyabwo, ubutunzi muzishakira mwebwe ubwanyu. Dore nakoze uko nshoboye nshaka ubutunzi, nyamara nta gaciro kanini bufite, kuko mu minsi mike hazaba hagezweho ibindi bitari amazu n’amasambu. Iby’isi bigenda bihinduka uko bwije n’uko bukeye”.

    Nuko umubyeyi amaze kuvuga atyo ajya mu cyumba ke, akagenda ahamagara umwana umwumwe ahereye ku mukuru akamuha umugisha. Aho mu cyumba ke ni ho yambwiriye ijambo ryanyubatse ringirira akamaro kurusha ibindi byose yambwiye. 

    Yafashe ikiganza cyange akimarana umwanya, maze arambwira ati: “Mwana wange akira umugisha. Iyi mbuto nguhaye, nuyitera ku rutare izamere, nuyitera mu butayu izere, aho ikiganza cyawe kizakora hose, hazasesekare uyu mugisha nguhaye, maze umusaruro w’ukuboko kwawe ugende ugwira ubutitsa.” 

    Iryo jambo data yambwiye ryangiriye akamaro gakomeye. Icyo nkoze cyose ngikorana ikizere, kandi koko kikampira. Ibyo byatumye nibuka ijambo rikomeye nasomye mu gitabo kimwe rigira riti: “Umurage uruta iyindi dushobora gusigira abana bacu n’abadukomokaho bose si amafaranga cyangwa ubundi butunzi twarundanyije mu buzima bwacu, ahubwo umurage mwiza ni imico n’ukwemera batwigiyeho.”

    I. Inyunguramagambo




    Koresha mu nteruro yawe bwite amagambo akurikira:

    1.    Umunani                                                   3.    Impanuro

    2.    Umurage                                                   4.    Kugera mu za bukuru

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    1.    Kuki umurage w’imitungo, uyu musaza avuga ko nta gaciro ufite?
    2.    Ni uwuhe murage ukomeye uyu musaza yasigiye abana be? 
    3.    Ni iki kindi uyu musaza yahaye abana be kivugwa muri uyu mwandiko? 
    4.    Kuri wowe usanga umurage umusaza yahaye abana be ufite akahe gaciro, uwugereranyije n’umutungo w’ibintu? 
    5.    Umwana ubara iyi nkuru avuga ko uyu murage wamumariye iki? 
    6.    Ni ayahe magambo y’umuntu w’umuhanga urimo kuvugwa muri uyu mwandiko?
    7.    Ni ibiki biranga umuco nyarwanda dusanga muri uyu mwandiko?

    III.    Gusesengura umwandiko

    1.    Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?

    2.    Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?

    3.    Ni izihe ngero z’umuco nyarwanda ziri kuvugwa mu mwandiko?

    IV. Kungurana ibitekerezo

    Mu muco nyarwanda abakobwa ntibahabwaga umunani nka basaza babo bava inda imwe. Hari abantu bakiyumvisha ko abakobwa badakwiye guhabwa umunani no kuzungura ababyeyi babo kimwe n’abahungu. Mwebwe mubitekerezaho iki?

    1.8. Inkuru yo mu Kinyamakuru: Tutitonze umuco wacu waducika


    Nyuma yo gukora umuganda usoza ukwezi, abaturage b’Umurenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, bagiranye ikiganiro n’umunyamakuru ku nsanganyamatsiko ivuga ku “Ihinduka ry’umuco nyarwanda”, maze umunyamakuru asohora inyandiko igaragaza ibitekerezo byabo. 

    Iterambere tugezemo ririmo kutuzanira ibintu byinshi bitandukanye. Muri byo harimo ibyiza tugomba guharanira kandi tukabyakira ariko harimo n’ibibi dukwiye kurwanya tukabyamaganira kure. 

    Kera umwana yarererwaga mu muryango kandi akagira umwanya wo kuganira n’ababyeyi be. Kuri ubu, usanga abantu bamaze gutwarwa n’akazi. Kera umugoroba waharirwaga igitaramo, naho ubu uharirwa amasomo ya nimugoroba ku babyeyi maze ugasanga abana basa n’aho birera. Abana na bo ntibakibona akanya ko gukina.

    Barereshwa tereviziyo cyangwa amafirimi. Ababyeyi benshi b’abagabo bataramira mu tubari bagacyurwa n’ijoro. 

    Nyamara mwibuke ko baca umugani ngo “uburere buruta ubuvuke.”


    Mu guca umugani ko “uburere buruta ubuvuke”, Abanyarwanda bashakaga kuvuga ko uburere bw’umwana bufite akamaro gakomeye mu mibereho ye, kuruta uburyo yavutsemo. Uburere bw’umwana rero butangira akivuka, bugakomereza mu muryango avukamo no mu bo umwana ahura na bo bose. Nyuma bukomereza mu mashuri aho ava yabaye umuntu mukuru wifatira ibyemezo mu byo akora. 

    Mu busanzwe rero, abana bose bavuka bameze kimwe, kandi bashobora kugira ubwenge. None se kuki habaho abahinduka inzererezi, abandi bakagira imyitwarire mibi? Si uko baba barabuze uburere bwiza? Buri mwana rero ahawe uburere bukwiye, yavamo umuntu ukomeye kandi w’ingirakamaro. 

    Uwaciye uyu mugani rero ntiyashatse kuvuga ko umurezi aruta umubyeyi, ahubwo yashatse kugaragaza ko abana bose bakwiye kubona uburere bumwe kugira ngo ubwenge bwabo bwuzuzanye n’ubumenyi, maze buri wese agire amahirwe angana n’aya mugenzi we. Kuvukira ahantu heza rero nta cyo byakumarira niba udaharaniye kuba intyoza, ukagira ibitekerezo bizima, ugahitamo ibyiza ukareka ibibi kandi ugaharanira gukorana umurava mu byo ukora byose. 

    Kera rero uburere bw’umwana bwabaga bwitaweho cyane akaba ari yo mpamvu Abanyarwanda babuciragaho imigani itandukanye bagira bati: “Umwana apfa mu iterura.” Cyangwa ngo “Igiti kigororwa kikiri gito.” 

    Muri iyi nyandiko rero ndagira ngo ngaye imico mibi igenda idusatira. Icya mbere ngaya ni ababyeyi batita ku burere bw’abana babo ugasanga baratwawe no gushaka imitungo itandukanye bakibagirwa ko bafite inshingano yo kurera abo babyaye. 

    Icya kabiri ni imyitwarire idahwitse y’urubyiruko usanga rwaratwawe n’imico y’ahandi nk’imyambarire iteye isoni. Ibyo rwose ni ibyo kwamaganwa kuko bihabanye n’umuco ukwiye kuturanga. 

    Muri iki gihe mu Rwanda, abana bose bahawe amahirwe yo kwiga amashuri abanza n’ayisumbuye. Banyeshuri rero nimwumve ko mufite inshingano zo kwigana umwete, maze buri wese aharanire kubyaza ayo mahirwe umusaruro uko ashoboye. 

    Nimuharanire kumenya gusoma no kwandika, mwihatire kumenya kubara, nimurangiza amashuri abanza mwarafashe neza ibyo mwize, muzakomeza ayisumbuye ndetse mugere no muri za kaminuza. Ibyo bizabafasha kujijuka, no kugera ku rwego rw’abakenewe mu mirimo, maze mubone uko mwibeshaho. Ntimuzacikwe n’iyo migisha kandi mwarahawe amahirwe yose yo kuyigeraho. 

    Umwanditsi: Mutoni Agnes 

    Bifatiye ku byasohotse mu Kinyamakuru” Umuco” cyo ku wa 30 Ugushyingo, 2016, urupapuro rwa 22-26

    I. Inyunguramagambo


    1. Uburere

    2. Ubuvuke

    3. Idusatira

    Koresha aya magambo mu nteruro wihimbiye.

    1. Uburere

    2. Ubuvuke

    Sobanura iyi migani yakoreshejwe mu mwandiko:

    1. Umwana apfa mu iterura

    2. Igiti kigororwa kikiri gito

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    1. Ni iki kivugwa muri iyi nkuru? 

    2. Umutwe w’inkuru ni uwuhe? Ubona hari aho uhuriye n’ibivugwamo? Gute?

    3. Ni ayahe makuru ukuye muri iyi nyandiko? Wumva hari icyo akunguye?

    4. Hari ikinyamakuru waba warigeze gusoma? Kivuge unatubwire muri make inkuru wasomyemo.

    5. Ni ibihe binyamakuru bivuga ku bana cyangwa ku rubyiruko uzi?

    6. Ni ibiki wakunze mu byo umaze gusoma muri iyi nkuru?

    III. Gusesengura umwandiko


    1. Uyu mwandiko utandukaniye he n’iyindi myandiko uhereye ku buryo wanditse?

    2. Haravugwamo iki?

    3. Ugamije iki?

    4. Muhereye ku bisubizo mumaze gutanga, uyu mwandiko mwawita iki?

    1.9. Inkuru yo mu kinyamakuru

    1. Inshoza y’inkuru yo mu kinyamakuru

    Inkuru yo mu kinyamakuru ni inyandiko igamije kugeza ku bayisoma amakuru y’ibintu byabayeho cyangwa se igamije kunenga, gushima gusesengura no kugaragariza abayisoma ikintu iki n’iki umunyamakuru aba yabonye akifuza kukigeza ku basomyi.

    2. Imiterere y’inkuru yo mu kinyamakuru


    good

    good

    good

    4. Ibyo umunyamakuru akwiye kumenya
    .Kumenya ubwoko butandukanye bw'inkuru
    .Kumenya uko ubara inkuru yawe.
    .Kumenya gutondeka inkuru uhereye ku by'ingenzi.
    .Mu makuru babanza kuvuga iby'ingenzi
    Aho inkuru y’ikinyamakuru itandukaniye n’inkuru y’ubuvanganzo ni 
    uko inkuru yo mu kinyamakuru yo ihera ku byabaye ikabirondora nta 

    gushyiramo amakabyankuru yakonona ukuri kw’ibivugwa.

    Umwitozo:
    Subiza iki kibazo:
     Andika inkuru yo mu kinyamakuru itarengeje impapuro ebyiri, 
    ugendeye ku miterere yayo. Ubare inkuru y’ibintu wahagazeho wowe 

    ubwawe cyangwa wabwiwe n’undi muntu, wumva wageza ku bandi.

    1.10. Imikoreshereze y’inyuguti nkuru.
    Musome iki gice maze musubize ibibazo bigikurikiye.
    Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino, ku nshuro yaryo ya munani 
    ryabereye mu Rwanda mu mwaka wa 2013, aho ryaranzwe n’imbyino 
    zo mu mico itandukanye yo mu bihugu birenga ikenda byo muri Afurika, 
    n’u Rwanda rurimo. Iki gikorwa cyabereye i Remera. Mu mbyino zo mu 
    mico gakondo yo hirya no hino muri Afurika, u Rwanda rwahagarariwe 
    n’Itorero Urukerereza. Ababyinnyi baryo baje bitwaje uduseke, havamo 
    inuma ziraguruka ubwo badupfunduraga. Hari kandi itorero ry’abana 
    bakiri bato bari mu kigero k’imyaka hagati ya cumi n’ibiri na cumi 
    n’umunani ryitwa “Imena,” na bo bagaragaje ubuhanga mu mbyino zo 
    mu muco wa kinyarwanda.

    Umurishyo w’ingoma zo mu gihugu cy’u Burundi na wo washimishije 
    abatari bake, kimwe n’imbyino zo mu itorero ryo mu gihugu cya Misiri 
    aho usanga abakobwa bazunguza amayunguyungu naho abahungu 

    bakikaraga.

    Iri Serukiramuco Nyafurika ry’Imbyino ryazengurutse no mu yindi 
    migi itandukanye yo mu Gihugu nka Karongi, Rwamagana, Huye na 
    Musanze.
    Soma izi nteruro maze utahure aho inyuguti nkuru zagiye 
    zikoreshwa:
     
    1. Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino.
    2. U Rwanda rwahagarariwe n’itorero Urukerereza.
    3. Imigi itandukanye yo mu Gihugu nka Karongi, Rwamagana, Huye 

    na Musanze yakiriye iri serukiramuco.

    Inshamake ku mikoreshereze y’inyuguti nkuru.
    Inyuguti nkuru ikoreshwa aha hakurikira:

    1. Ku ntangiriro y’interuro
     Ingero:

     Umuco ni uburyo bwo gutekereza no kubaho kwa buri muntu ku giti 
    ke n’ukw’ imbaga y’abatuye isi. Umuco ugizwe n’ibyiza byose bituma 
    umuntu abaho kandi akamererwa neza.
    2. Inyuma y’akabago, akabazo n’agatangaro.
     Ingero:

     Ni nde utazi ibyiza byo kubana mu mahoro? Keretse utarabona 
    intambara. 
     Intambara ni mbi, irasenya, ikica, igatera inzara. Nimuharanire 
    amahoro aho muri hose!
     Mbega umwana mwiza! Areba neza.
    3. Nyuma ya “ati, atya, atyo, ngo” bikurikiwe n’utubago 
    tubiri.

     Urugero:
     Baratubwiye bati: “Mwige mushyizeho umwete mutazatsindwa.”
    4. Ku mazina bwite aho yanditse hose.

     Ingero: Ndahayo, Murekatete, Nyabarongo, Sine, Kigali, Nyamasheke........

    5. Ku nyuguti itangira:
     a) Imibare iranga iminsi
     Ku wa Mbere, ku wa Kabiri, ku Cyumweru …
     b) Amazina y’amezi
     Ingero: Nzeri, Ukwakira, Ugushyingo, Mutarama …
     c) Ibihe by’umwaka mu Kinyarwanda
     Ingero: Umuhindo, Urugaryi, Itumba, Iki.
    6. Ku nyuguti itangira amazina y’imirimo, ay’inzego z’imirimo 
    n’ay’amashyirahamwe.
     Ingero:
     – Minisitiri, Umuhuzabikowa w’Umurenge, Umuyobozi 
    w’Akagari.
     – Ishyirahamwe Abaticumugambi, Koperative Abadacogora, 
    Itorero Urukerereza…
    7. Ku nyuguti itangira:
     a) Amazina y’impamyabushobozi:
     Ingero: Dogiteri Ndindabaganizi Aloyizi avura neza.
     b) Amazina y’ubwenegihugu
     Ingero: Abanyarwanda n’Abanyekongo barahahirana.
     c) Amazina y’icyubahiro:
     Ingero: Nyakubahwa Minisitiri w’Uburezi.
     d) Amazina y’inzego z’ubutegetsi:
     Ingero: Dutuye mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka 
    Musanze, Umurenge wa Cyuve.
     e) Amazina y’ubwoko:
     Ingero: Abega, Abashambo, Abasinga,…
     f) Amazina y’indimi:
     Ingero: Ikinyarwandanda n’Ikigande bifite aho bihuriye? 
     g) Amazina y’ibikorwa byamamaye mu mateka:
     Ingero: Intambara ya Mbere y’isi yose yageze no mu Rwanda.
    8. Ku nyuguti itangira ijambo “igihugu” iyo rivuga u Rwanda:
    Urugero: Ibendera ry’Igihugu.
    9. Ku nyuguti itangira izina ry’inyandiko cyangwa ry’igitabo.
    Urugero: “Isiha rusahuzi”
    10. Ku nyuguti itangira izina ry’ikinyamakuru
    Ingero: – Hobe ni akanyamakuru k’abana
     – Imvaho Nshya isomwa n’Abanyarwanda benshi.
    11. Izina bwite ritari iry’idini n’irindi rifatwa nka ryo, ryandikwa mu 
    nyuguti nkuru ryose iyo riri ku ntangiriro no ku mpera y’inyandiko 
    nk’ibaruwa cyangwa amasezerano, n’iyo riri mu rutonde rw’amazina 
    y’abandi bantu. 
    Urugero: NDINDABAGANIZI Aloyizi.
     Nyamara ryandikwa mu nyuguti nto uretse inyuguti iritangira, iyo 
    riri mu mwandiko rwagati. 

    Urugero: Umbwirire Ndindabaganizi Aloyizi ko mutashya cyane. 

    Umwitozo:
    Kosora interuro zikurikira ukurikiza imikoreshereze 
    y’inyuguti nkuru:

    – Mukamana ni umunyamuryango wa koperative abaticumugambi.
    – Mu Ruganda rw’Umuceri rwa kabuye bagira abakozi benshi.
    – ngomba kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside nkunda bagenzi 
        bange nk’ uko nikunda.
    – Ibinyobwa Bitujuje Ubuziranenge tugomba Kubyamagana 

        tugashishikariza bose kubirwanya kuko bidutera Indwara.

    Mfashe ko:
    – Kuganira n’ababyeyi bituma tumenya umuco.
    – Ikinyazina ngenera ngenga kerekana utunze n’icyo atunze.
       Urugero: Kalisa ari mu modoka ye.
    – Ubukwe bwa kinyarwanda bufite imigenzo myinshi myiza nko 
       kwakira abashyitsi, gusaba umugeni, guherekeza umugeni, 
       ubusabane...
    – Ikinyazina mpamagazi gituma igihamagawe cyumva ko bashaka 
      ko kiza cyangwa se ko gitega amatwi.
      Urugero: Wa mwana we, kurikira.

    – Itorero ry’Igihugu n’amatorero ndangamuco atuma umuco udacika.

    – Hari amagambo yabugenewe ku isekuru no ku rusyo kubera ko 
       ibi bikoresho byubashywe mu muco w’Abanyarwanda.
    – Abahungu n’abakobwa bafite uburenganzira bungana mu izungura 
       mu Rwanda.
    – Inkuru yo mu kinyamakuru ifite uturango twayo ari two: izina 
       ry’ikinyamakuru yavuyemo, inomero y’ikinyamakuru, itariki 
       gisohokeyeho, urupapuro rw’ikinyamakuru, urwego inkuru irimo 
       n’izina ry’uwanditse inkuru no kuba yanditse mu mpushya zihagaze 
       ziteganye.
    – Hari amagambo yandikishwa inyuguti nkuru. Muri yo twavuga 

       nk’amazina bwite, inyuguti itangira interuro...

    1.11. Isuzuma risoza umutwe wa mbere

    Inkwavu mu bantu
    Kera habayeho abana babiri, umukobwa akitwa Karabo, umuhungu 
    akitwa Shema. Shema yari muto kuri Karabo. Iwabo bari baturiye 
    ishyamba. Iryo shyamba ryabagamo urukwavu arirwo bita Bakame. 
    Bakame, ikaba n’inshuti yabo magara. Yakundaga kubafasha gutashya, 
    barangiza ikabaherekeza, ikabarenza ishyamba, hanyuma ikagaruka. 
    Ibyo biba igihe kirekire, kugera ubwo Bakame yifuje kujyana na bo ngo 
    bibanire. 

    Umunsi umwe, Karabo na Shema baza gutashya, Bakame ibabonye, 
    iribwira iti: “Uyu munsi ntibanshika ndatahana na bo. Karabo na Shema 
    bayikubise amaso, barishima, barayihobera, ibasaba ko bakwijyanira. 
    Mu gihe bakibitekerezaho, imvura iba iraguye. Bajya kugama , bambuka 
    umugezi, biroha mu buvumo, basanganirwa n’impyisi.” Impyisi ikubise 
    amaso Bakame n’abana iriyamira iti: “Murakaza neza mboga zizanye! 
    “Bakame isubiza Warupyisi iti: “Ngo zizana! Uzi ukuntu uyu muhigo 
    wanduhije? Bakame iti: “Kandi Bihehe njya mbona uzaba Barihima. 
    Ubwo se ko uyu muhigo nawukuzaniye, ngira ngo twumvikane uko 
    dukwiye kubana, ku buryo igihe uzaba nta kintu waramuye nzajya 
    ngufasha guhiga, none nundya uraba wungutse iki ko n’ubundi uzongera 
    ugasonza?”

    Warupyisi ibaza Bakame iti: “None uragira ngo tubigenze dute?” 
    Bakame iti: “Aho twambukiye, nahabonye igiti k’ipapayi, ndagira ngo 
    umfashe dusarure amapapayi nabonye yeze ndi burye, ubwo nawe uri 
    bube wica isari. “ Warupyisi iti: “Waretse se nkaba nsamuye aka gato, 
    umukuru nkaza kumwikuza nyuma?” Karabo na Shema babyumvise 
    barushaho kugira ubwoba. Bakame ibwira Warupyisi iti: “Ihangane 
    dore imvura irahise, ahubwo reka tugende umfashe gusoroma ayo 
    mapapayi, turire rimwe. Warupyisi iti: “None se ko ntazi kurira ibiti 
    ndakumarira iki? “Bakame iti:” Nta cyo bitwaye, turifashisha umwe 
    muri aba bana.”

    Warupyisi, Bakame, n’abana barasohoka, berekeza iruhande rwa wa 
    mugezi wari wuzuye. Bakame ibwira Shema iti: “Ambukira kuri kiriya 
    kiraro, wurire kiriya giti k’ipapayi, nugerayo ndakubwira ikindi uri 
    bukore. “Irahindukira ibwira Warupyisi iti: “Nawe ugiye guhagarara 
    muri ariya mazi, uriya mwana natera ipapayi, wowe urikubite umutwe 
    nk’utera umupira ringereho.” Bakame ikimara kuvuga ityo, Warupyisi 
    yihutira kujya guhagarara mu mazi itabanje kubitekerezaho. Yikubita 
    mu mazi, imira nkeri, irashya imigeri, ihita ipfa. Bakame yiterera 
    hejuru iti: “Turarusimbutse.” Ihamagara Karabo, ibwira na Shema iti: 
    “Imanukire dutahe, Warupyisi yapfuye.” Bakame ijyana n’abana, nuko 
    ibana n’abantu gutyo, irabyara, irororoka. Inkwavu ziba zikwiye mu 
    bantu kubera abana. 
    Si nge wahera, hahera Warupyisi.

    USAID, REB, EDC, DRAKKAR, Muze bana twandike dusome, urup. 7-14.

    I. Inyunguramagabo
     1. Shaka ibisobanuro by’amagambo akurikira ukurikije 
    uko yakoreshejwe mu mwandiko: 
     Gutashya, bayikubise amaso, kumwikuza, turarusimbutse.
     2. Uzurisha izi nteruro amagambo ukuye mu mwandiko:
     a) Abana bagiye……………………………… mu ishyamba.
    b) Buri munsi turya imbuto z’……………………………… 
     c) Ntitugipfuye …………………………. icyago cyagiye.
     3. Koresha amagambo yabugenewe muri iyi nteruro: 
    a) Umukobwa tuvukana yankijije impyisi yari igiye kundya.
     b) Impyisi yari igiye kurya se wa data ararusimbuka.
     4. Uzurisha mu nteruro aya magambo: 
     Naritaye, fata iya mbere, mwinejeje, amatsiko, murangwa.
     a) Banyeshuri muge ………………………………….. n’isuku 
    n’ikinyabupfura.
     b) Ko mbona mwese …………………………….. nk’abatashye 
    ubukwe?
     c) Umuntu ugira ………………………………….. ahururira 
    iteka ibintu byose.
     d) Ngaho………………………………….. abandi bagukurikire.
     e) Humura ………………………………….. mu gutwi.

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
     1. Ni bande bavugwa mu mwandiko?
     2. Abana bakijijwe na nde?
     3. Ni iki cyatumye Bihehe yemera gusohoka mu isenga?
     4. Ni bande batumye inkwavu ziba mu bantu?
    III. Ibibazo ku ikeshamvugo
     Kosora aho biri ngombwa ukoresha ijambo ryabugenewe:
     a) Mpereza iryo buye mpondeshe uru rusyo n’umushishi 
     nduhanagure. 
     b) Yagiye kugura ibuye baseraho n’iryo bashesha, kuko andi 
     ashaje. 
     c) Uwo mwana wikoreye isekuru, muyimuture, murebe ko 
     itamenetse, muyimanike ku rusika. 
     d) Baje bikoreye isekuru ibajwe mu giti cy’umuvumu. 
     e) Isekuru imwe yari ishaje, ku buryo yamenetse batararangiza 
     gusekura. 
     f) Iyi ngobyi irashaje muyijugunye mugure indi.
     IV. Imikoreshereze y’ibinyazina
     a) Vuga ubwoko bw’ibinyazina biciyeho akarongo.
     1. Ni iki mushaka kugura mwa bana mwe?
     2. Wa nkoko we ndakugurisha.
    3. Inka yange ikamwa litiro umunani ku munsi.
     b) Simbuza ikinyazina ngenera ngenga gikwiye 
     amagambo aciyeho akarongo mu nteruro zikurikira.

     1. Nitwa Mutabaruka. Inka za Mutabaruka zororerwa mu 
     biraro.
     2. Yitwa Sezibera. Abana ba Sezibera biga mu mashuri abanza.
     3. Imirima ya Rutebuka yararaye wagira ngo ntakiba mu rugo.
     4. Inka za Karenzi na Semiharuro zisigaye ziba mu biraro.
    V. Imikoreshereze y’inyuguti nkuru
     Kosora amakosa y’imyandikire ari muri aka gace 
    k’umwandiko:

     abana be bamusabye ibikoresho by’ishuri; nuko abasubiza abuka 
     inabi. nyina biramubabaza abwira umugabo we ati: “ubwo se ni uko 
     wari ukwiriye gusubiza abana?” nuko arahaguruka arikubita basigara 
     bumiwe.
     VI. Guhanga
     Andika inkuru yanyuzwa mu kinyamakuru wubahiriza imiterere 

     y’inkuru yo mu kinyamakuru.


    

    2 Ibidukikije