• 3 Gufata neza ibidukikije

    3.1. Ibidukikije

    good

    Ibidukikije muri rusange bigizwe n'ubutaka, ibiburiho n'ibiburimo, 
    amazi n'ibiyarimo, umwuka n'ikirere, ibinyabuzima biri ku isi n'ibikorwa 
    by'umuntu. Umuntu akaba ari we uri hagati ya byose.

    U Rwanda ni igihugu k'imisozi miremire. Kubera ubwinshi bwayo rwitwa 
    "Igihugu k 'imisozi igihumbi." Iyo misozi igiye ibisikana n'ibisiza, ibibaya 
    bitembamo amasoko, imigezi mito n'imigezi minini. Hamwe na hamwe 
    hashashe ibidendezi by'amazi byitwa ibiyaga. Imisozi y'i Rwanda yisakaye 
    amashyamba atuma isa neza kandi akayirinda isuri. Muri ayo mashyamba 
    hari ayatewe mu bikorwa by'umuganda, aterwa n'abaturage ku giti 

    cyabo n'aya kimeza nka Nyungwe, Gishwati, Mukura, Cyamudongo,

    urugano rwo mu Birunga, ishyamba riboneka muri Parike y'Akagera 
    n'ishyamba rya Busaga. Ibyiza by'amashyamba ntawutabizi kuko 
    tuyakesha umwuka mwiza duhumeka, ku buryo bayita ibihaha by'iyi si 
    dutuyeho. Ni yo atuma habaho imvura ituma tweza imyaka, tukabona 
    ibidutunga, akarwanya isuri ndetse agafata ubutaka. Ni na yo kandi 
    ntaho y'inyoni n'inyamaswa.

    Kubera izo mpamvu tuba tugomba kuyafata neza, tuyaharurira tuvanamo 
    ibyatsi bibi, tuyakonorera kandi tutayaragiramo inka ziyavunagura; na 
    none kandi tubuza abana kurira ibiti babigonda cyangwa babyicundaho. 
    Kugira ngo tubone ibyo turya, hagomba inkwi zo kubiteka, kandi 
    ziva mu biti byatemwe. Gutema ibiti umuntu ntiyabireka burundu 
    ariko kandi ibitemwe byibura byajya bisimbuzwa ibindi. Umuririmbyi 
    w'Umunyarwanda ni we wigeze kuvuga ngo:"Nutema kimwe uge utera 
    bibiri!" Kandi ni inama nziza. Mu rwego rw'imiturire, abantu na bo 
    bakwirinda gusatira amashyamba bayatema ngo babone aho batura.

    Ikindi twakwigiraho ni ibara ry'amazi atemba mu migezi iboneka mu 
    gihugu cyacu. Amazi y'iyo migezi asa n'igitaka; bisobanura ko imisozi yacu 
    igenda ikukumuka, itaka ritembera mu migezi na yo ikaritunda irijyana 
    imahanga tugahomba nk'uko umubyinnyi w' Umunyarwanda yigeze 
    kubivuga. Mu migezi yo mu Rwanda hari itemba igana iburasirazuba 
    ikisuka mu ruzi rw'Akagera. Iyo ni igizwe na Mwogo, Rukarara, 
    Mbirurume, Satinsyi, Mukungwa, Base, Bakokwe, Nyabugogo, Akanyaru, 
    Karangaza, Kagitumba n'iyindi. Naho itemba igana iburengerazuba 
    ni Sebeya, Koko, Karunduru, Rusizi n'iyindi. Iyo migezi ibonekamo 
    ibinyabuzima bitandukanye. Habamo amafi, imvubu, ingona, ingaru, 
    inyogaruzi n'izindi.

    U Rwanda kandi rufite ibirunga birimo Kalisimbi, Muhabura, Bushokoro 
    bamwe bita Bisoke, Sabyinyo, Gahinga. Imisozi yo hagati mu gihugu yitwa 
    ibitwa. Ni imisozi itari miremire cyane ariko ikagira umwihariko wo 
    kuba ishashe hejuru mu mpinga harambuye. Dufite kandi Ibisiza n'ibibaya 
    bifite ubutumburuke bugufi ibyinshi bikaba byiganje mu burasirazuba 
    bw'u Rwanda ariko ntitwakwibagirwa ikibaya cya Bugarama kiboneka 

    mu burengerazuba.

    Mu biyaga byo mu Rwanda twavuga nka Kivu, Burera, Ruhondo, 
    Muhazi, Mugesera, Cyohoha, Rweru, Sake, Cyambwe, Nasho, Ihema, 
    Rwanyakizinga, n'ibindi bito. Inyamaswa ziboneka mu migezi akenshi 
    ziboneka no mu biyaga.

    Abana na bo bafite inyungu z'uko ibidukikije birindwa kandi bigacungwa 
    neza kubera ko imibereho myiza yabo ari byo ishingiyeho. Abana 
    bagomba kubungabunga ibidukikije kuko ari byo bituma ubuzima 
    bw'umuntu buba bwiza. Bakwiye kuzirikana ko buri kintu mu bidukikije 
    gifite akamaro kihariye; bakihatira kugira ubumenyi ku bidukikije bityo 
    bagasobanurira bagenzi babo, ababyeyi babo ndetse n'abaturanyi 
    ibyiza dukesha ibidukikije n'inyungu dufite mu kubifata neza. Kugira 
    ngo bongere ubumenyi bwabo ku bidukikije, abana bashobora gusoma 
    ibitabo, ibinyamakuru, kubaza ababyeyi n'abarimu babo, abashakashatsi, 

    abayobozi, kumva radiyo, kureba ibiganiro bya tereviziyo n'ibindi.
    Aya makuru yatuma abana bagena ibikorwa bakora mu rwego rwo 
    gufata neza ibidukukije. Ibyo bikorwa byaba nko gukora ubusitani, 
    gutera indabyo, gutera ibiti, gutoragura imyanda inyanyagiye aho 
    bakinira, gusiba utwobo turekamo amazi y'imvura, gukubura, korora 
    amatungo magufi nk'inkoko, ihene, intama, ingurube, imbata, imbeba za 
    kizungu, inkwavu n'andi. Bashobora na none kurema amatsinda agamije 
    kurengera ibidukikije, guhimba indirimbo n'imivugo ijyanye no kurengera 
    ibidukikije, gukinira ku bibuga bateyeho ibyatsi n'ibindi.

    Abana mu rwego rwo kurengera ibidukikije, bakwirinda ibi bikurikira: 
    guta imyanda aho babonye hose, gutoba amazi, kwihagarika no kwituma 
    ku gasozi, kwangiza ibimera, gutwika ibyatsi n'amashashi, kujugunya 
    imyanda mu migezi, mu masoko no mu biyaga kuko byanduza amazi 
    kandi kunywa amazi mabi bikaba bitera indwara nyinshi. Bakwiye no 
    kwirinda kwica inyamaswa, kwirinda kwiyanduza bicara ahantu hadafite 
    isuku, kwisiga imyanda n'ibindi.

    None se ibi byose ko ubyumvise, wowe nk'umunyeshuri wo mu mwaka 

    wa gatanu wiyemeje gukora iki ngo urengere ibidukikije?

    A. Inyunguramagambo
    Shaka ibisobanuro by'aya magambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko.
     
     1. Imisozi yisakaye amashyamba
     2. Intaho
     3. Gusatira
     4. Ibihaha by'isi

    Imyitozo ku nyunguramagambo

    1. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite 
    zigaragaza ko wumva icyo asobanura:
    a. Gusatira b. Intaho c. Ibihaha
    2. Uzurisha amagambo ukuye mu mwandiko interuro zikurikira
    a. Pariki ya ................. iherereye mu burengerazuba bw'u Rwanda.
    b. Muri pariki y ................. habayo ingagi zinjiza amadovize.
    c. Isunzu rya ................. rigabanya amazi y'uruzi rwa ................. n'uruzi 
    rwa .................
    d. Abana na bo barasabwa kutanduza amazi y'.................n'ay'.................
    3. Tanga impuzanyito z' amagambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko
     a. Ibihingwa b. Akuze cyane c. Ibibondo 
    4. Tanga imbusane z'amagambo akurikira yakoreshejwe mu 
    mwandiko
     a.Migufi b. Minini c. Byiza
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko
     1. Uyu mwandiko uribanda ku ki?

     2. Kuki u Rwanda rwitwa Igihugu k'imisozi igihumbi?

    3. Andika nibura inyamaswa eshatu ziba mu mazi zivugwa mu 
    mwandiko.

     4. Kuki abana na bo bagomba kubungabunga ibidukikije?
     5. Andika nibura ibintu bibiri abana basabwa mu kurengera 
    ibidukikije.
     6. Ni hehe abana bakura amakuru yo kurengera ibidukikije?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri uyu mwandiko?
     2. Erekana ingingo z'ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko?
    D. Umwitozo w'ubumenyingiro
     Andika ingaruka ziterwa no gutema ibiti bigashira ku musozi.
    3.2. Ingiro nkora n’ingiro ntega

    Nimusome interuro zikurikira maze muzishyire mu 
    matsinda mukurikije ko ari ruhamwa ikora igikorwa 
    cyangwa ko ikorerwaho igikorwa.

     1. Abantu bose barinde ibidukikije kwangirika! 
     2. Ibidukikije birindwe n'abantu bose kwangirika!
     3. Ibiti biduha akuka keza.
     4. Duhabwa akuka keza n'ibiti.
     5. Ababyeyi bakwiye gutoza abana kwita ku bidukikije bakiri 
    bato. 
     6. Abana bakwiye gotozwa n'ababyeyi babo kwita ku bidukikije 
    bakiri bato.
    Iyo bavuze ingiro y'inshinga baba bashaka kuvuga uburyo inshinga 
    ihindura imiterere bitewe n'uko ruhamwa yitwaye mu gikorwa kivugwa 
    n'inshinga. 
    1. Bavuga ko inshinga iri mu ngiro nkora iyo ruhamwa ari yo ikora 
    igikorwa kivugwa n'inshinga.
    2. Bavuga ko inshinga iri mu ngiro ntega iyo ruhamwa ari yo 

    ikorerwaho igikorwa kivugwa mu nshinga.

    Imyitozo 

    A. Hindura interuro zikurikira mu ngiro nkora cyangwa ntega
     1. Abana bigishwa n'ababyeyi.
     2. Abantu bagurisha ibiti bakabona amafaranga.
     3. Imbwa yapfuye irahambwa, ntijugunywa mu mazi.
     4. Kuki abana b'abahungu n'ab'abakobwa batera ibiti?
    B. Uzurisha ijambo utoranyije mu dukubo
     1. Gutema amashyamba ................. isuri (bitera, biterwa).
     2. N'ibidukikije ................. na jenoside (byashenywe, byashenye).
     3. Koga amazi mabi ................. indwara ya tirikomonasi (bitera, 
    biterwa).
     4. Abatagira ingingo zose z'umubiri................. na bo bakiga 
    (barafasha, barafashwa).

    Isuzuma risoza umutwe wa gatatu

    Imiterere y'ikirere yagiye ihinduka uko ibihe bigenda biha ibindi. Kuri 
    ubu, isi imaze hafi imyaka miriyari eshanu iriho. Muri icyo gihe cyose 
    yabayeho, ibintu byagiye bihinduka, ibihe bigahinduka, n'imiterere 
    y'ikirere ikagenda ihindagurika.
    Turebye uko isi yacu iteye, izengurutswe n'ikirere kigizwe n'imyuka 
    itandukanye. Iyo myuka itabayeho, nta kinyabuzima cyaba k'isi. 
    Ikirere gikikije isi yacu rero twakigereranya n'inyanja zuzuye imyuka. 
    Iyo myuka igenda isunikana, hazamo imiyaga, ikibirindura, igatembera. 
    Ni yo mpamvu burya iyo imvura igiye kugwa, habanza kubaho imiyaga. 
    Ni imyuka yo mu kirere iba isunikana. Ibyo ni byo bituma ikirere 
    kidukikije kigenda gihinduka, rimwe hagakonja, ubundi hagashyuha, 
    ikindi gihe imvura ikagwa. 

    Uko iyo myuka itembera rero ni ko ihindura ikirere cy'ahantu aha
    n'aha. Hamwe imvura iba iri kugwa, ahandi izuba rikava. Iyo myuka 
    ni yo itanga ibihe by'ubuhinzi kuko ituma igihe kimwe kiba ik'imvura 

    ikindi kikaba ik'izuba.

    Muri icyo kirere ni ho dusanga umwuka duhumeka witwa okisijene, 
    ndetse n'umwuka wa karuboni ibimera bikenera kugira ngo bishobore 
    gukura. 

    Abantu n'ibimera rero ni magirirane. Impamvu ni uko umwuka 
    dusohora ari wo bikenera, na ho byo uwo bisohora tukaba ari wo 
    twe tuba dukeneye kugira ngo duhumeke. 

    Mu by'ukuri, imiterere y'ikirere k'isi yacu dutuyemo, igirwamo uruhare 
    rukomeye n'izuba. Ni ryo ryohereza urumuri n'ubushyuhe ku isi. Iyo 
    myuka isanzwe iri mu kirere, ifite akamaro kuko ituma ku isi habaho 
    ubushyuhe bugereranyije n'ubukonje butarenze urugero. Iyo myuka 
    rero, iboneza imirasire y'izuba ikatugeraho itabangamiye ubuzima 
    bwacu. Ni na yo igarura ubushyuhe ku isi igatuma hataba ubukonje 
    bukabije. 

    Muri iki gihe tugezemo, muri iyo myuka hivangamo ituruka mu myotsi 
    y'ibyo ducana: amashyamba yahiye, imyuka ituruka mu nganda, imyotsi 
    y'amamodoka n'amapikipiki. Iyo myuka mu by'ukuri itari myiza igenda 
    ibangamira imiterere y'ikirere kandi igenda yiyongera uko bwije n'uko 
    bukeye.
    Uko abantu bagiye biyongera ku isi bakanahakorera ibikorwa byinshi 
    bitandukanye, ni ko ikirere gikikije isi kigenda kinjiramo imyuka myinshi 
    idakenewe. Iyo myuka abantu bohereza mu kirere, ni yo ituma kigenda 
    gihindagurika. 

    Ibyo bigira ingaruka mbi ku mihindagurikire y'ikirere, rimwe imvura 
    ikabura ntigwire igihe, ubundi yagwa ikaza ari nyinshi igatera imyuzure. 
    Haba ubwo igwa igihe gito ikagenda imyaka itarera, ubundi ikagwa 
    igihe kirekire imyaka yeze ikayiboza. Izuba na ryo iyo ricanye riza 
    rikaze cyane, rigatera abantu bamwe kurwara, amazi agakama aho 

    yari ari, ubwatsi bw'amatungo bukabura. 
    Ibyo byose kera ntibyahozeho. Imvura yagwiraga igihe cyayo, abantu 
    bakamenya igihe bagomba guhingira n'igihe bazasarurira.

    Ibyo rero bikwiye gutuma twibaza tuti:"Ese nibikomeza gutya, mu 
    gihe kiri imbere bizaba bimeze bite? " Nidukomeza se kohereza 
    mu kirere imyuka icyangiza, abadukomokaho ejo ubuzima bwabo 
    ntibuzahahungabanira ? Nibikomeza se, ntihazagera igihe ikirere 
    kigahinduka burundu, izuba ryava rigatwika ikinyabuzima cyose kiri 
    ku isi cyangwa imvura ikagwa, ahantu henshi hakuzura amazi.
    Aha rero birasaba ko abantu bose babimenya, maze buri wese agafata 
    ingamba ku bimureba, kugira ngo ubuzima bukomeze busagambe ku isi.

    I. Inyunguramagambo
    1. Tanga ibisobanuro by'aya magambo ukurikije uko 
    yakoreshejwe mu mwandiko.
    a. Uko ibihe bigenda biha ibindi b. Okisijene
    c. Karuboni d. Turi magirirane
    2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro ziboneye 
    wihimbiye. 

    a. Uko ibihe bigenda biha ibindi b. Okisijene
    c. Karuboni d. Turi magirirane
    II. Ibibazo ku mwandiko.
    Subiza ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo yawe 
    bwite, utandukuye interuro ziri mu mwandiko uko zakabaye.

    a. Ni gute abantu n'ibimera ari magirirane ?
    b. Kuki iyo imvura igiye kugwa habanza kubaho imiyaga ?
    c. Izuba ridufitiye akahe kamaro?
    d. Ni ibihe bintu bivugwa mu mwandiko bituma mu kirere hajyamo 
    imyuka ihumanye?
    e. Hari ibindi wowe uzi bitavuzwe mu mwandiko?
    f. Tanga urugero rw'uruganda rwo mu Rwanda rwaba rwangiza 
    ikirere. 
    g. Ubona hakorwa iki kugira ngo hagabanywe imyuka mibi ihumanya 
    ikirere ?

    III. Gutanga ibitekerezo ku byavuzwe mu mwandiko.
     Ingingo yo gutangaho ibitekerezo: 
    Inganda zirakenewe kuko ari zo zitunganya ibintu dukenera mu 
    buzima bwacu bwa buri munsi. Nyamara zohereza imyuka mibi mu 
    kirere, ku buryo byatangiye kugira ingaruka ku buzima bw'abantu. 
    Hari abicwa n'ubushyuhe bukabije, hari aho imyaka itakera kubera 
    ihindagurika ry'ikirere. Mubona hakorwa iki? Inganda zihagarikwe 
    cyangwa tureke ikirere cyangirike n'ubwo cyo kidashobora gusanwa?

    IV. Ikibonezamvugo.
    1. Soma interuro zikurikira maze uvuge niba inshinga iciyeho 
    akarongo iri mu ngiro nkora cyangwa mu ngiro ntega.

     a. Abantu bangiza ibidukikije.
     b. Ibidukikije byangizwa n'abantu.
     c. Amazi anyobwa nta bara agira, ntanuka, ntahumura.
     d. Gukunda no gukundwa birashimisha
    2. Shyira inshinga ziciyeho akarongo mu ngiro ntega maze 
    uhindure ibikwiye guhinduka kugira ngo ubutumwa 
    bukomeze kuba bumwe.

     a. Ababyeyi bagomba kurinda abana ihohoterwa.
     b. Abana bagomba kubaha ababyeyi.
     c. Kuzigama ifaranga rimwe biruta kwinjiza amafaranga ijana.
     d. Abantu twese twifuza gukunda.
    3. Shyira inshinga ziciyeho akarongo mu ngiro nkora maze 
    uhindureibikwiye guhinduka kugira ngo ubutumwa 
    bukomeze kuba bumwe
    .

     a. Ni ngombwa ko abafite ubumuga bafashwa mu myigire yabo.
     b. Isuri irwanywa n'ibiti.
     c. Abantu bahabwa umwuka mwiza n'ibimera.
     d. Abana biga neza bakundwa n'abarezi.

     e. Ibitabo bikwiye gusomwa n'abantu bose.




    2 uburenganzira bwa muntu4 Ubuzima bw'imyororokere