• 6 Umuco w'amahoro

    6.1. Umwana n’ingona
    good
    Umunsi umwe, umukobwa w'umwami yarohamye mu gishanga, umwami 
    ategeka ko bagikamya, bagakuramo umurambo w'umukobwa we 
    yakundaga cyane. Abaturage bakamije igishanga, bica ingona zose 
    zakibagamo. Umukobwa w'umwami bamusanze mu mwobo w'ingona 
    ishaje kurusha izindi.

    Busunzu habe ngo izamenye ibyabaye! Ku bw'amahirwe, yari yasohotse 
    nijoro kwishakira ibyo irya izimirira kure mu giturage. Ku gasusuruko, 
    umwana wari ugiye gutashya ayisanga iri yonyine aho yaheze mu gihuru, 
    ayibaza icyo ihakora. Busunzu iti: "Nahabye ubu sinzi iyo ndi! Ungiriye 
    neza wansubiza iwange." Umwana ati: "Nta mazi agihari, igishanga 
    bagikamije." Busunzu iti: "Noneho njyana ku ruzi!"

    Umwana ashatse ikirago n'imirunga, azingazingiramo Busunzu 
    arahambira. Akubise ku mutwe. Agenze hafi umunsi wose, inyana 
    zisubiye iswa aba ageze ku ruzi. Aho ku nkombe, aharambitse umuzigo 
    we. Aca imigozi yawuhambirije, azingura ikirago. Busunzu ni ko 
    kumubwira iti:"Nshuti yange se, ko amaguru yaguye ibinya kubera 
    urugendo rurerure, ntiwanshyira mu mazi wokabyara we!" Umwana ni 
    ko kuyibangatana ayigeza aho amazi amugera mu mavi arambika aho. 
    Busunzu ntiyashirwa iti: "N'ubundi wabikoze wibikora igice! Nyigiza 
    imbere aho amazi akugera mu rukenyerero, ahangaha sinashobora 
    koga neza." Umwana ayigejeje aho amazi amugera mu rukenyerero 
    imusaba kuyigiza aho amazi amugera mu gituza. Umwana ayihagejeje 
    imusaba kuyigiza aho amazi amugera ku ntugu! Ahageze iti: "Noneho 
    nshyira hasi." Umwana ayifashije mu mazi.

    Mu gihe agiye kugaruka ku nkombe, Busunzu iba imufashe akaboko. 
    Umwana atabaje nyina biba iby'ubusa. Ni ko kubaza ingona ati: "Ese 
    ibi ni ibiki? ... ndekura." Busunzu iti: "Sinakurekura n'iyi nzara nshonje!"
    Umwana ati: "Ndekura!" Busunzu iti:"N'iyo wagira ute sinakurekura 
    n'inzara mfite! Maze hashize iminsi ibiri ntarya none ngo ninkurekure? 
    Barakubeshye!" Umwana arayibaza ati:"Noneho urashaka kumbwira 
    ko inyiturano y'ineza ari igihemu?" Ingona iti:"Ineza yiturwa ubuhemu 
    ntabwo ijya yiturwa indi."

    Umwana ni ko kuyibwira ati:"Yego ni byo! Ubu ni wowe umfiteho 
    ububasha. Ariko reka tubaze abagabo, twumve icyo babivugaho!" Ingona 
    iti: "Nihagira abagabo batatu bemeza nk'ibyange, ndakurya urabeshya! 
    Ndumva twembi tubyumva kimwe!"

    Ikivuga ibyo, haba haje inka y'ibuguma ishotse. Ikutse, ingona irayibaza 
    iti:"Wowe ushaje bigeze aho, ukaba ufite ubwenge bungana butyo, 
    ntiwadukiranura ukatubwira niba inyiturano y'igikorwa kiza ari ineza 
    cyangwa niba ari igihemu?"
    Ya buguma iti:"Wowe uravuga! Inyiturano y'ineza ni ubugome kandi 
    mbikubwiye nzi neza icyo mvuga. Nkiri muto, ngifite ingufu, navaga mu 
    rwuri nkasanga ubwatsi bwiza mu rugo n'ikibuye cy'umunyu nkarigata. 
    Bakanyuhagira, bakampanagura. Muri icyo gihe natangaga amata 
    menshi, kandi insumba zose n'ibimasa databuja atunze ni nge bikomokaho. 
    Ubu nashaje nkaba ntagikamwa ntakinabyara, ntawukindeba, nta 
    n'ukinjyana mu rwuri. Mu museso, ibibando ni byo binsohora mu rugo! 
    Ubwo nkihuta njya gushaka icyo ndya. Ngicyo icyo nshingiraho nemeza 
    ko igikorwa kiza kiturwa inabi." Ikimara kuvuga ibyo ikurura amagufa 
    n'uruhu rwayumiyemo izunguza umurizo wamazwe n'uburondwe ijya 
    kwishakira ubwatsi mu kinani.

    Busunzu ibaza wa mwana iti: "Wumvise?" Umwana ati: "Numvise." Hahita 
    haza ifarasi yashaje yanitse amagufa. Busunzu ni ko kuyibaza iti: "Ko 
    uri mukuru mbibona, ukaba warabonye ibintu ukabona ibindi, ushobora 
    kunkiranura n'uyu mwana? Uwo ugiriye neza, akwitura ineza cyangwa 
    akwitura inabi?"

    Ifarasi iti: "Ineza yiturwa inabi. Nkiri muto, ngifite ingufu nyinshi, 
    nahoranaga umuvure wuzuye ibisigazwa by'ingano n'undi ubogaboga 
    igikoma kirimo ubuki amasaha yose y'umunsi. Nuhagirwaga buri gitondo 
    ngatamirizwa inigi nziza zakorewe mu nganda ziyubashye. Imyaka 
    ikenda yose yihiritse ntwara databuja n'iminyago ye. Ubu nashaje, 
    bambyukiriza ku bibando buri gitondo banshora mu gihuru guhiga 
    ubwatsi ndya. Mwebwe muravuga!" Imaze gutanga ubwo buhamya, 
    isoma ku mazi yiyumvira irangije iradogagira irigendera. Igitirimuka 
    aho, Busunzu ishaka kurya umwana, ariko ayibera ibamba kuko hari 
    hasigaye kubaza umugabo wa gatatu.

    Bakiri muri ibyo, babona Bakame ije isimbagurika yiryagagura. 
    Busunzu ngo iyirabukwe, irayihamagara iti:"Bakame, uri mukuru kandi 
    w'umunyabwenge, ntiwadukiza, ukatubwira niba ineza yiturwa inabi 
    cyangwa yiturwa ineza?"

    Bakame iriyumvira, yishima mu bwanwa, irikurugutura maze irabaza iti: 
    "Nshuti yange Busunzu, hari ubwo wabaza umuntu ufite ubumuga bwo 
    kutabona niba imvi ari umweru cyangwa igikona ari umukara?" Ingona 
    iti: "Reka da, ibyo ntibibaho!" Bakame iti: "Ushobora kumbwira aho uyu 

    mwana utazi se ntumenye nyina ava akajya?" Busunzu iti: 

    A. Inyunguramagambo
    Mushake ibisobanuro by'aya magambo mukurikije uko 

    yakoreshejwe mu mwandiko.
     1. Busunzu 6. Ibuguma 
     2. Insumba 7. Ikinani 
     3. Kudogagira 8. Kwikurugutura 
     4. Kubogaboga 9. Kwanika amagufa 
     5. Kubera ibamba 10. Iminyago 
    Imyitozo y'inyunguramagambo
    1. Shaka mu mwandiko amagambo afite igisobanuro gikurikira:
     a. Gusinzira kubera ubushyuhe.
     b. Kugwa mu mazi ugaheramo.
     c. Kubura ntiwongere kuboneka.
     d. Kuyoba cyane, kutamenya aho uri.
     e. Umugozi ukomeye wo guhambiriza.
     f. Kwikorera.
     g. Umutwaro uremereye.
     h. Guterura ikintu kitaremereye ukagenda wihuta.
     i. Ubutaka bukora ku mugezi bukarinda amazi guta inzira yayo.
     j. Igikorwa cy'ubugiranabi
     k. Kujya kunywa amazi.
     l. Kuva ku mugezi kunywa amazi.
     m. Ahantu hari ubwatsi bwinshi kandi bwiza inka zirisha.
     n. Inka y'ingabo.
     o. Gukorera umuntu nk'ibyo yagukoreye.
     p. Udukoko tuba ku nka tukayinyunyuza amaraso.
     r. Kuvuga ufite ukuri.
     s. Kwambara mu ruhanga cyangwa mu ijosi.
     t. Kwambikwa, gutakwa.

     u. Gushira kw'iminsi.

    2. Huza amagambo ari mu ruhushya A n'ibisobanuro byayo 

    mu ruhushya B

    good

    3. Himba interuro yawe kuri buri jambo muri aya akurikira.
     a. Guhondobera                              b. Kuzimira 
     c. Gukubita ku mutwe                  d. Kubangatana 
     e. Kubogaboga                                f. Kudogagira 
     g. Kurabukwa                                  h. Igitambambuga 
     i. Gukiranura
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Ongera usome neza umwandiko maze wuzuze interuro 
    zikurikira uhereye ku bivugwa mu mwandiko:

     1. Uwanditse uyu mugani yashakaga kwerekana ko ..............
     2. Umwana yagiriye neza ingona kuko ..............
     3. Umwana yababajwe n'uko ..............
     4. Muri uyu mwandiko ingona yagaragaje ko mu buzima hari 
    ..............
     5. Hagati y'umwana n'ingona hari ..............
     6. Icyo umuntu yanenga ibuguma n'ifarasi ni uko ..............
     7. Bakame ibaza ingona ibibazo, Bakame yashakaga gusuzuma 
    niba ..............

     8. Bakame yakemuye amakimbirane mu ..............

    C. Kungurana ibitekerezo
    Mwungurane ibitekerezo kuri ibi bibazo
     1. Mutekereza iki kuri uyu mugani w'umwana n'ingona iyo 
    mwitegereje ibibera aho muba? Mukunze kubona ineza 
    yiturwa inabi cyangwa ineza ikunze kwiturwa ineza? Mutange 
    ibitekerezo n'ingero zifatika zishyigikira ibitekerezo byanyu.
     2. Mwari gukemura mute izi mpaka iyo Busunzu n'umwana 
    bibitabaza?
    D. Guhanga no gukina bigana
     Muhereye ku nkuru mumaze gusoma, nimuhimbe agakino mwigana 
    abayivugwamo maze mugakinire mu ishuri.
    6.2. Ikinyazina ngenga
    Itegereze izi nteruro zakuwe mu mwandiko umaze 
    gusoma maze usubize ibibazo wabajijwe.

    a. Si nge wahera.
    b. Ntabwo ari yo. 
    c. Umwana ayisanga iri yonyine mu gihuru.
    d. Bose baragushima.
    e. Ngaho mwembi nimuve mu mazi.
    f. Ndumva twembi tubyumva kimwe!
    g. Ubu ni wowe umfiteho ububasha.
    h. Ibibando ni byo binsohora mu rugo!
    i. Ikorere ndebe ni cyo nshaka.
    j. Mwebwe muravuga! 
    Ibibazo: 
    1. Aya magambo yanditse mu nyuguti z'igikara tsiri ahagarariye ba 
    nde?
    2. Bene ayo magambo yerekana iki mu nteruro? 

    3. Aya magambo ni bwoko ki?

    Inshoza y'ikinyazina ngenga
    Mfashe ko:
    Inshoza y'ikinyazina ngenga
    Ikinyazina ngenga ni ijambo rihagarariye uvuga, ubwirwa, ababwirwa, 
    uvugwa, abavugwa n'ibivugwa. Kerekana ukora cyangwa abakora 
    igikorwa mu nteruro. Dore uko biteye:
    Mu nteko ya mbere:
    Ngenga ya mbere y'ubumwe ni iy'uvuga: ge (gewe) ; nge (ngewe)
    Ngenga ya kabiri y'ubumwe ni iy'ubwirwa: wowe
    Ngenga ya gatatu y'ubumwe ni iy'uvugwa: we
    Mu nteko ya kabiri:
    Ngenga ya mbere y'ubwinshi ni iy'abavuga: twe/ twebwe
    Ngenga ya kabiri y'ubwinshi ni iy'ababwirwa: mwe/ mwebwe

    Ngenga ya gatatu y'ubwinshi ni iy'abavugwa: bo

    Uturango tw'ikinyazina ngenga
    Gereranya izi nteruro ebyirebyiri zikurikira maze uvuge 
    itandukaniro riri hagati y'amagambo azirimo yanditse 

    mu nyuguti z'igikara tsiriri.

    good

    Izi nteruro zigaragaza ko ibinyazina ngenga bishobora kwiyongeraho 

    uduce -se, -mbi, -nyine, -bwe. Utu duce twitwa imisuma

    Imisuma 

    Iyo witegereje usanga imisuma ari uduce tw'amagambo twiyongereye ku 
    kinyazina ngenga tukongeraho igisobanuro kihariye. Iyo kiyongereyeho 
    umusuma - mbi, ikinyazina ngenga kiba kivuga abantu babiri 
    batarenze/ibintu bibiri bitarenze. Naho iyo, kiyongereyeho 
    umusuma -se kiba kivuga abantu benshi barenze babiri/ibintu 
    byinshi birenze bibiri.
    good
    Umusuma nyine wongera ku kinyazina ingingo isobanura ko usibye 
    ikivugwa nta kindi kiyongeraho. Ikindi kigaragara ni uko ikinyazina 
    ngenga kigenda gifata indangasano y'inteko y'izina gisimbura. Ubwo 
    kikisanisha n'amazina yo mu nteko zose.

    Uturango tw' ikinyazina ngenga
    Kuba ikinyazina ngenga gishobora guhindura inteko bisobanura ko 
    gihindura akaremajambo kacyo gahagarariye inteko kirimo. Ako 
    karemajambo nta kandi ni indangasano. Aka karemajambo gakurikirwa 
    n'igicumbi na cyo kigashobora gukurikirwa n'umusuma. Bityo rero 
    ikinyazina ngenga kikaba gishobora kugira ibice bitatu. Buri gihe kigira 
    indangasano n'igicumbi. Rimwe na rimwe hakiyongeraho umusuma 
    bitewe n'icyo umuntu yashatse kuvuga, nk'uko byasobanuwe hejuru aha. 

    Imbonerahamwe y'ikinyazina ngenga.

    good

    good

    Umwitozo

    a. Uzuza izi nteruro ukoresheje ikinyazina ngenga gikwiye.
     1. ... si ko mbyumva.
     2. ... ntawuvuyemo twemeye ibyo utubwiye.
     3. ... simbyemera maze ndore!
     4. Ari Karori, ari na Karani ... ni abanyamafuti.
     5. Kuki mwaje ... mwa bana mwe imuhira hasigaye nde?
     6. Sigara aho ...niba udashaka kwifatanya n'abandi!
     7. Si ... Mana yacu nibarorere tuzirwanaho.
     8. Ni ... mbwira nimuze tugende.
     9. Na ... kazane ntugasige.
     11. Kuki ... mutabikora harabura iki?
     12. Urakire! ...
     13. Uzi ko ... tuberanye di! 
    b. Himba interuro zawe bwite ukoresheje ibinyazina bikuriki 
    ra: zonyine, twombi, wo, mwebwe, yose, ho, rwonyine, wose, byose, 


    6.3. Porisi y’u Rwanda irakangurira 

    abaturarwanda kwirinda inkongi z’umuriro

    good

    Inkongi z'umuriro zikunze kwibasira inyubako zitandukanye, zigahitana 
    ubuzima bw'abantu zikanangiza ibintu byinshi. Iyo ibyo bibaye abatabazi 
    babigize umwuga batabara bwangu bakazimya izo nkongi.

    Igitera inkongi z'umuriro ahanini ni ukwirara, ukutita ku bintu byateza 
    inkongi, impanuka n'ubumenyi buke ku nkongi. Hari kandi gukoresha 
    ibikoresho by'amashanyarazi bitujuje ubuziranenge, gukoresha abantu 
    badafite ubumenyi mu gushyira amashanyarazi mu nyubako, cyangwa 
    mu bikorwa by'amashanyarazi muri rusange. Indi mpamvu ni nko kwinjiza 
    ibikoresho byinshi bikoresha amashanyarazi mu kindi na cyo kiyakoresha 
    ariko kidafite ubushobozi bwo kubyakira. Iyo gisumbijwe ubushobozi 
    n'ibyakinjijwemo, bimwe muri byo birashya.

    Kubera izo mpamvu, Porisi y'u Rwanda igira abaturage inama zo kwirinda 
    izo nkongi. Zimwe muri izo nama ni ugutunga ibikoresho by'ibanze byo 
    kuzimya inkongi, kwiga uko bikoreshwa no kujya babisuzumisha ku 
    babihugukiwe buri mezi atandatu kugira ngo babarebere ko ari bizima. 

    Abantu kandi bagomba kugira ubwishingizi ku nkongi z'umuriro;

    bakirinda kubika ibikomoka kuri peterori mu ngo; bakajya bazimya buji, 
    itara cyangwa itadowa mbere yo kuryama no kudasiga byaka ngo bage 
    kure yabyo.

    Ni ngobwa kandi kwihutira gufunga umuriro w'amashanyarazi mbere 
    yo gutangira kuzimya umuriro mu gihe inyubako yatwitswe na yo.

    Mu kuzimya umuriro bitabaza amazi, umucanga cyangwa ibitaka 
    byumutse mu gihe nta bushobozi cyangwa ibikoresho by'ibanze byo 
    kuzimya inkongi bafite. Mu gihe inkongi zatewe n'ibikomoka kuri 
    peteroli cyangwa gazi ni ngombwa kwirinda kuzizimisha amazi. Icyo 
    gihe bakoresha ibikoresho byitwa kizimyamwoto, ibitaka byumutse 
    cyangwa umucanga. Ni ngombwa kandi guhamagara Porisi mu gihe 
    habaye inkongi y'umuriro kuko hari ubwo umuriro ushobora kurenga 
    ubushobozi bw'abakoresha biriya bikoresho by'ibanze.

    Mu gihe habaye inkongi kandi ni ngombwa kuzimya ibikoresho byose 
    bikoresha amashanyarazi nka tereviziyo, radiyo na mudasobwa no 
    gutandukanya ibikoresho bikoresha amashanyarazi muri rusange mu 
    gihe batakibikoresha.
    Birakwiye kandi kugira umuco wo kugura kizimyamwoto uko yaba 
    ingana kose, yakwifashishwa igihe umuriro ukiri muke, byananirana 
    hakitabazwa izindi nzego.

    Ku bijyanye n'ubwubatsi, ni ngombwa kubaka bubahiriza igishushanyo 
    mbonera kugira ngo byorohereze abaje mu butabazi kugera ahabaye 
    inkongi y'umuriro.

    Mu rwego rwo gukumira no kurwanya inkongi z'umuriro no gutabara 
    abari mu kaga, Porisi y'u Rwanda yashyizeho ishami rishinzwe 
    by'umwihariko kuzikumira, kuzirwanya ndetse no gutabara abari mu 
    kaga. Iri shami rihugura kandi rigatanga inyigisho ku buntu mu kwirinda, 
    gukumira, kurwanya no kuzimya inkongi no mu butabazi bw'ibanze. 
    Rigenzura ibijyanye n'ubwirinzi bw'inkongi n'ibiza mu nyubako nini n'into. 
    Ritabara byihuse mu gihe ubutabazi n'ubwirinzi by'ibanze byananiranye.

    Banyeshuri rero mugerageze gukurikiza izo nama mugirwa, kugira ngo 
    muzage mwirinda kuba mwateza inkongi z'umuriro mu mashuri cyangwa 

    iwanyu mu rugo.

    Muge kandi mwirinda gukinisha insinga z'amashanyarazi kuko mushobora 
    kuhagirira impanuka.
    A. Inyunguramagambo
    Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu mwandiko.

    Akaga, bwangu, kwirara, iperereza, impanuka, ubuziranenge, itadowa, 
    inkongi, kubererekera, kizimyamwoto, gukumira, ikiza, ubukangurambaga 
    Umwitozo ku nyunguramagambo

    Koresha aya magambo akurikira mu nteruro iboneye. 
    akaga, kwirara, bwangu, ubuziranenge, kubererekera, itadiwa, 
    ubukangurambaga.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu 
    magambo yanyu bwite.

     1. Ni ibihe byago porisi y'Igihugu yahagurukiye kurwanya mu 
    minsi ishize?
     2. Ibyo byago byagiye biterwa n'iki? 
     3. Ubaye ushinzwe kurwanya inkongi z'umuriro, wafasha ute 
    abaturage kugira ngo birinde? 
     4. Ni izihe ngamba porisi yafashe mu guhangana n'inkongi 
    z'umuriro? 
     5. Umuturanyi wanyu agize ibyago agahisha inzu itwitswe 
    n'amashanyarazi nta bikoresho byo kuzimya afite 
    wabyitwaramo ute?

    C. Gusesengura umwandiko
     Ni izihe ngingo z'ingenzi uyu mwandiko wubakiyeho?
    D. Kungurana ibitekerezo
     Wavuga iki ku bantu banga kugura kizimyamwoto bitwaje ko ihenda?


    6.4. Malala Yusafuzayi n’imyigire y’abakobwa 

    muri Pakisitani.

    good

    Malala Yusafuzayi (Malala Yousafzai) yari umwangavu wari ufite imyaka 
    cumi n'umwe ubwo yaharaniraga ko abana b'abakobwa biga mu gihugu 
    ke cya Pakistani bikamuviramo kuraswa amasasu mu mutwe. Mu mwaka 
    wa 2007, igihe Abatalibani bari bamaze kwirukanwa mu gihugu cya 
    Afuganistani n'ingabo z'Amerika, bahungiye mu misozi miremire iri ku 
    mupaka wa Afuganistani na Pakistani. Bakiri muri Afuganistani, bari 
    barashyizeho amategeko akarishye abuza abana b'abakobwa kujya mu 
    ishuri n'abagore kugira akazi ako ari ko kose bakora usibye kuguma mu 
    rugo bakarera abana. Aho birukaniwe muri icyo gihugu, bahise bajya 
    kwihimurira mu karere ka Swati (Swat) ko mu majyaruguru ya Pakistani, 
    akarere gahana imbibi na Afuganistani bari bavuyemo. Mu myemerere 
    yabo kugeza ubu ngo nta mukobwa ugomba kugera mu ishuri.

    Muri aka karere ka Swati ni ho Malala Yusafuzayi yari atuye we 
    n'ababyeyi be. Icyo gihe yari afite imyaka cumi n'umwe. Se akaba yari 
    ahafite amashuri menshi y'abana b'abakobwa. Abatalibani bahageze 
    bahise bafunga ayo mashuri yose, barayatwika, batwika ibitabo bavuga 
    ko ari uburozi bw'abazungu bashyira mu bana babo. Uwashatse kurwanya 
    iyo myumvire yabo yahise yicwa. Malala Yusafuzayi yababajwe cyane 
    n'uko bamubujije gukomeza kwiga. Ni bwo atangiye kwandika ku rubuga 
    nkoranyambaga rwa BBC (soma bibisi) rwo mu rurimi rw'iwabo, avuga 
    uburyo abana b'abakobwa bahohoterwa n'Abatalibani. Ibyo yabikoraga 
    abifashijwemo na se kandi agakoresha izina ritari irye. Muri iyo myaka, 
    inyandiko z'uwo mwana wandika kuri interineti arwanya ibikorwa bibi 
    by'Abatalibani zaramenyekanye cyane muri icyo gihugu k'iwabo ariko 
    bakayoberwa umuntu uzandika.

    Mu mwaka wa 2009, ingabo za Leta ya Pakistani zabashije kwirukana 
    Abatalibani muri ako gace, maze amashuri y'abana b'abakobwa 
    yongera gufungurwa. Ubwo Malala Yusafuzayi ajya ahagaragara ndetse 
    Leta ya Pakistani imushimira kuba yaravuganiye abana b'abakobwa 
    akagaragaza akarengane kabo. Mu mwaka wa 2012 ubwo yari afite 
    imyaka 15 gusa, intagondwa y'Umutalibani yamutegeye mu modoka 
    ajya ku ishuri imurasa amasasu mu mutwe, imusiga izi ko yapfuye. Ariko 
    ku bw'amahirwe, abatabaye basanga akirimo akuka, bajya kumuvuriza 
    mu gihugu cy'Ubwongereza.

    Iyo nkuru y'umwana w'umukobwa warashwe kubera guharanira 
    uburengazira bwo kwiga yasakaye ku isi yose. Ni bwo amahanga 
    yatangiye kumuha ijambo ahantu hatandukanye kugira ngo asobanure 
    ibyo mu gihugu ke. Mu mwaka wa 2014 yahawe igihembo kiruta ibindi 
    ku isi kitiriwe Nobeli (Nobel). Yagiherewe rimwe n'umugabo w'umuhinde 
    Kayirashi Satiyariti (Kailash Satyarthi) witangiye guharanira ko abana 
    bato basaga ibihumbi magana inani bajyanwa mu ishuri aho gukoreshwa 
    imirimo y'ingufu.

    Icyo gihembo kitiriwe Nobeli cyatangiye gutangwa mu 1901, kikaba 
    gihabwa abagize uruhare mu bikorwa byo kongerera isi ubumenyi

    n'abaharaniye amahoro ku buryo bugaragara. Icyo gihembo kigizwe 
    n'impamyabumenyi, umudari w'ishimwe n'amafaranga y'amayero agera 
    ku bihumbi magana kenda akaba ahwanye n'amafaranga y'u Rwanda hafi 
    miriyoni magana inani. Mu muhango wo gushyikiriza Malala Yousafuzayi 
    icyo gihembo, umuyobozi wa komite itanga igihembo cy'amahoro kitiriwe 
    Nobeli ku isi, yashimangiye ko isi ikeneye abantu b'intwari nka Malala na 
    Satiyariti akaba yizeye ko kuba bahawe igihembo cy'amahoro bizatuma 
    bafatanya mu guharanira uburenganzira bw'abana bo muri Pasikitani 
    no mu Buhinde.

    Malala amaze kwakira iki gihembo yavuze ko agituye abana bose 
    babujijwe uburenganzira bwo kwiga. Yagize ati:"Iki si igihe cyo kubagirira 
    impuhwe gusa, ahubwo ni igihe cyo kugaragaza ibikorwa bibarengera."
    A. Inyunguramagambo

     1. Huza aya magambo n'ibisobaniro byayo ukoresheje akambi

    good 

    2. Tondeka aya magambo ku buryo abyara interuro 
    iboneye.

    a. ubushobozi kuko Umugore kubonwamo ntakwiye buke na arashoboye 
    we. 
    b. kwihutira abana Umugore kujyana abahungu mu akwiye ishuri baba 
    cyangwa abakobwa. 
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Hitamo muri ibi bisubizo bitatu biri hasi ikiri cyo maze 
    ucyandike mu ikaye yawe:
    1. Araswa mu mutwe Malala Yusafuzayi. 
     a. Yari afite imyaka 17.
     b. Yari afite imyaka 11.
     c. afite imyaka 15.
    2. Malala Yusafuzayi yazize
     a. Kubuza abana b'abakobwa kwiga.
     b. Kurwanya amatwara yabuzaga abana b'abakobwa kwiga.
     c. Kujya kwiga muri bisi. 
    3. Ihohoterwa rivugwa muri uyu mwandiko ni
     a. Ukwirukana Abatalibani mu gihugu cyabo cya Pakisitani.
     b. Ukubuza abana b'abakobwa kujya mu ishuri n'abagore kugira akazi ako ari ko kose bakora usibye kuguma mu rugo 
    bakarera abana.
     c Ukurwanya amatwara y'Abatalibani.
    4. Basenya amashuri, Abatalibani.
     a. Barwanyaga uburozi bw'abazungu mu bana babo.
     b. Bihimuraga kuri se wa Malala wakuraga ibifaranga mu mashuri 
    ye ntabaheho.
     c. Bihimuraga ku Banyepakisitani kuko bari barirukanywe mu 
     gihugu cyabo.
    5. Atabariza abana b'abakobwa babujijwe kwiga, Malala 
    Yusafuzayi

     a. Yabifashijwemo na se n'igitangazamakuru BBC.
     b. Yabifashijwemo n'abaturage bw'igihugu ke.
     c. Yabifashijwemo n'abatanga igihembo kitiriwe Nobeli.

    6. Abatalibani barwanyaga ko abakobwa biga kuko

     a. Bari bamaze kwirukanwa mu gihugu cyabo n'ingabo za 
    Amerika.
     b. Byari mu myemerere yabo.
     c. Bari Abanyapakisitanikazi gusa.
     7. Malala Yusafuzayi atangira urugamba rwe yari azi ko
     a. Abatalibani bamumenye bamwica.
     b. Azahabwa igihembo kitiriwe Nobeli.
     c. Abatalibani bazirukanywa mu karere ka Swati.
     8. Igihembo kiruta ibindi Malala Yusafuzayi yahawe ni
     a. Ugushimwa n'igihugu ke ko yarwanyije akarengane k'abana 
    b'abakobwa.
     b. Ikitiriwe Nobeli.
     c. Ukuba yaragiye kuvurizwa mu Bwongereza.
     9. Igihembo Malala yahawe agikesha kuba
     a. Yari afite se uzwi wubatse amashuri menshi mu majyaruguru ya 
    Pakisitani.
     b. Yararashwe azira guharanira uburenganzira bw'abana 
    b'abakobwa bwo kwiga.
     c. Yarahagaritse amashuri ye kugira ngo yifatanye n'abandi 
    bakobwa bari bambuwe ubwo burenganzira.
    10. Igihembo Malala yahawe cyatumye
     a. Yikenura, akenura n'umuryango we ndetse ashyira amafaranga 
    menshi kuri konti.
     b. Ashobora gushyira mu bikorwa umugambi we wo kurenganura 
    abana b'abakobwa.
     c. Ashobora kugura intwaro zo kwihimura ku Batalibani bari 
    bara ba bujije uburenganzira bwo kwiga.
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko.
    Subiza ibi bibazo
     1. Ni izihe ngingo z'ingenzi zikubiye muri uyu mwandiko?
     2. Andika mu nshamake itarengeje imirongo icumi ibivugwa muri 

    uyu mwandiko.

    D. Kungurana ibitekerezo
    Mwungurane ibitekerezo kuri izi ngingo
     1. Malala Yusafuzayi ni iki kuri wowe? Icyo wamwigiyeho ni iki? 
     2. Ubaye mu gihugu kidashaka ko abana b'abakobwa bajya 
    mu ishuri, gishaka ko abagore baguma mu rugo bagatekera 
    abagabo babo bakanarera abana wabyitwaramo ute ku myaka 
    yawe ubu? 
    Umukoro
     Andika utabariza kandi ugaragaza uko umwana cyangwa undi muntu 
    yahohotewe.

    6.5. Ukuri kwa Minani

    good

    Igihe Minani yimenyerezaga kuzakora akazi ko mu biro afite imyaka 

    cumi n'umunani, isosiyete yakoreraga yamwohereje hamwe n'abandi

    bakozi benshi, kwihugura mu ishuri rikuru ryigishaga ibijyanye n'akazi 
    bakoraga. Bajyagayo iminsi ibiri mu cyumweru indi minsi bakajya ku 
    kazi gasanzwe. Umunsi umwe, amasomo yarangiye mbere y'isaha 
    bari basanzwe batahiraho. Amategeko agenga isosiyete bakoreraga 
    yateganyaga ko mu gihe bigenze bityo, bagombaga gusubira ku kazi 
    igice cyose cy'umunsi gisigaye. Aho gusubira ku kazi nk'uko Minani 
    yabigenje, abandi banyeshuri barisohokeye bajya kwinezeza. Uwo munsi 
    byahuriranye n'uko umuyobozi ushinzwe amahugurwa yari yaje ku kazi 
    kabo. Abonye Minani amubaza impamvu atagiye kwiga uwo munsi, 
    anamubaza aho bagenzi be bandi bari.

    Minani yahisemo kubwiza umukoresha we ukuri. Yamubwiye ko mwarimu 
    yabasezereye hakiri kare akagaruka ku kazi. Na ho ku byerekeranye 
    na bagenzi be yavuze ko adashobora kubavugira ko yaza kubibariza 
    buri wese ku giti ke.

    Minani yashoboraga gusubiza akoresheje amayeri bigatuma bagenzi be 
    bamwemera. Ariko kandi, yahisemo kuvugisha ukuri. Kuvugisha ukuri 
    byatumye umutima utamucira urubanza. Byatumye kandi umukoresha 
    we amugirira ikizere. Yamwohereje mu rwego rushinzwe gukora imitako 
    mu mabuye y'agaciro. Nyuma y'imyaka cumi n'itanu, Minani yazamuwe 
    mu ntera ahabwa umwanya w'ubuyobozi muri iyo sosiyete. Ibyo bimaze 
    kuba, wa muyobozi yaramuhamagaye kugira ngo amushimire kandi 
    amwibutse cya gihe yamubwizaga ukuri, agira ngo ashimangire inyungu 
    abantu bavana mu kuvugisha ukuri.
    Iyo abantu biyemeje kuvugisha ukuri kandi bagakora ibihuje n'ibyo 
    bavuga, imishyikirano bagirana n'abandi irushaho gushinga imizi kandi 
    igashimisha.

    Kuvugisha ukuri bihesha izindi nyungu. Muri zo harimo kugira umutima 
    utagucira urubanza, kuvugwa neza, kugirirwa ikizere, haba mu 
    muryango, mu nshuti zacu ndetse no mu kazi dukora. Gusa nanone 
    nta wakwirengagiza ko ukuri guhora guhanganye n'ikinyoma kandi iyo 
    ntambara ikaba itari hafi kurangira. Uko guhangana kwageze mu nzego 
    zose z'imibereho y'abantu ndetse kugira n'ingaruka kuri buri muntu ku 
    giti ke. Uburyo umuntu abaho bugaragaza uruhande arimo; niba ari 

    umunyakuri cyangwa umunyabinyoma.

    Impamvu zituma abantu babeshya ni nyinshi. Hakunze kuvugwa 
    umururumba n'irari bishingiye ku bwikunde, gushaka gukira vuba, kwifuza 
    kugira ububasha, cyangwa kuzamuka mu nzego badakwiriye.

    Hari igihe kandi abantu batinya ko baramutse bavugishije ukuri byabagwa 
    nabi cyangwa bigatuma abandi babibazaho. Ni ibintu bisanzwe mu bantu 
    kwifuza gukundwa cyangwa kwemerwa n'abandi. Icyakora, icyo kifuzo 
    cyo gushaka gushimisha abantu gishobora gutuma bagoreka ukuri, 
    n'iyo byaba atari cyane, kugira ngo batwikire amakosa yabo, bahishe 
    ibintu bidashimishije byababayeho, bashaka kugaragara neza mu maso 
    y'abantu.

    Aho ukuri gutaniye n'ikinyoma ni uko ikintu gishingiye ku kuri kiramba, 
    ariko ibishingiye ku kinyoma bishira vuba. Banyeshuri rero muge 
    mugendera kure ikinyoma kuko iyo ubeshye abantu bagutakariza ikizere, 
    ukabura inshuti zagutabara mu gihe ugize ikibazo.
    A. Inyunguramagambo
    Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu mwandiko.

     1. Isosiyete
     2. Imishyikirano
     3. Gushinga imizi
     4. Irari
     5. Gutwikira amakosa
    Imyitozo ku nyunguramagambo
    Uzurisha izi nteruro amagambo ukuye mu mwandiko 
    kugira ngo ugaragaze ko wayumvise.

     1. Uyu mugabo yamazwe n'... ku buryo afite ugushaka gukabije 
    kw'ibintu, n'ibyo abonye ntibimunyura ahora yifuza ibirenzeho.
     2. Uyu we buri gihe ... ibintu abiha ku bushake igisobanuro 
    bidafite mu by'ukuri.

     3. Urebye igihe kirekire yari amaze uyu musaza ...............

    4. Reka ... ngo ni uko navuze ko ari wowe wibye amafaranga 
    y'abandi.
     5. Ukuri kugomba ... maze ikinyoma kigakubitirwa ahakubuye.
     6. Kubera kutumva ibintu kimwe, aba bagabo bahora ................
     7. Kurya ibiryo bidafite ubuziranenge byamuteye ................
    B. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza mu magambo yawe bwite ibibazo byabajijwe ku 
    mwandiko

     1. Minani atangira akazi yari mu kihe kigero?
     2. Yakoraga iki?
     3. Yagenderaga ku yihe ngengabihe? 
     4. Umuyobozi ushinzwe amahugurwa aje ku kazi yavumbuye iki?
     5. Minani yitwaye ate mu bibazo yabajijwe n'umuyobozi we?
     6. Imyitwarire ya Minani yamugiriye akahe kamaro? 
     7. Umuntu w'umunyakuri agaragara ate mu bandi? 
     8. Ni iki gitera abantu kubeshya?
    C. Kungurana ibitekerezo
     Hari aho wari wahura n'ikibazo ukumva ari ngombwa ko ubeshya?
    D. Kujya impaka
     Ari wowe Minani wari kumusubiza iki? Wari kubeshya cyangwa wari 
    kuvugisha ukuri maze bagenzi be bagahura n'ingorane bigatuma 
    bakwitwaraho umwikomo kuko wabareze? Kutavugisha ukuri se byo 

    byari bikwiye?

    6.6. Ikinyazina ndafutura
    Mwitegereze izi nteruro zakuwe mu mwandiko mumaze 
    gusoma maze musubize ibibazo bikurikiraho.
     a) Bajyagayo iminsi ibiri mu cyumweru indi minsi bakajya ku kazi 
    gasanzwe.
     b) Izindi mpamvu zitera kubeshya ni ugushaka gukira vuba no 
    kugira ububasha.
     c) Andi makosa aba agamije gutuma bagaragara neza mu maso 
    y'abantu.
     d) Abandi banyeshuri barisohokeye bajya kwinezeza.
    Ibibazo
    1. Aya magambo yanditse mu nyuguti z'igikara tsiriri ahuriye ku kihe 
    gitekerezo? 
    2. Aya magambo ni bwoko ki? 
    Inshoza y'ikinyazina ndafutura
    Ikinyazina ndafutura ni ijambo rijyana n'izina ariko ntirisobanure ku 
    buryo bwumvikana uvugwa, abavugwa cyangwa ibivugwa.
    Amoko y'ibinyazina ndafutura
    Ibinyazina ndafutura birimo amoko abiri: ikinyazina ndafutura kigufi 

    n'ikinyazina ndafutura kirekire.

    good

    good

    Ikitonderwa: Ibinyazina ndafutura byitwa kandi ibinyazina ndasigura.
    Umwitozo
    Koresha ibi binyazina ndafutura mu nteruro wihimbiye: undi, indi, ayandi, 
    ahandi, ukundi, iyindi, andi, akandi, ubundi, urundi.
    Mfashe ko:
    Ikinyazina ndafutura / ndasigura, ari ijambo rijyana n'izina ariko 
    ntirisobanure neza abavugwa cyangwa ibivugwa.
    Nshoboye:

    Gukoresha ikinyazina ndafutura mu nteruro

    6.7. Ubuhanga n’ubushishozi bwa Salomoni

    good

    Dukurikije uko abantu babona ibintu, akenshi usanga ubutabera bufatwa 
    gusa nko kubahiriza amategeko nta kubogama. Ariko burya rimwe na 
    rimwe ubutabera buzanwa no kumenya gushishoza ugashyira mu gaciro.

    Kera habayeho umwami w'igihangange wo mu Bayisiraheli akitwa 
    Salomoni. Imana yari yaramuhaye ubwenge n'ubuhanga kuko yari 
    yarabiyisabye kugira ngo ashobore gutunganya neza imirimo yari 
    ashinzwe yo kuyobora abaturage yamushinze, amenye gutandukanya 
    ikiza n'ikibi. Yakundaga gukoresha iminsi mikuru agatumira abagaragu 
    be akabagaburira akanabaha ibyo kunywa. 

    Umunsi umwe yakoresheje ibirori nk'ibyo, abagore babiri baza 
    kumureba baburana umwana. Uwa mbere araterura ati:"Mwami wange, 
    ndakwinginze ntega amatwi. Nturanye n'uyu mugore tukaba tubana mu 
    nzu imwe. Mperutse kubyara umwana w'umuhungu. Hashize iminsi itatu 

    na we abyara umuhungu. Mubyumve ko tubana mu nzu twembi, nta wundi 

    muntu tubana. Iri joro, umuhungu w'uyu mugore yapfuye azize ko nyina 
    yamuryamiye. Hagati mu ijoro, yahengereye nsinziriye, arabyuka, afata 
    umuhungu wange wari undyamye iruhande, amwimurira mu buriri bwe, 
    afata umwana we wapfuye amuryamisha iruhande rwange. Mu gitondo 
    nkangutse, ngize ngo ngiye konsa umwana wange, nsanga yapfuye. 
    Hamaze gucya, nitegereje neza nsanga uwo mwana atari umuhungu 
    wange nibyariye."

    Akimara kuvuga atyo, wa mugore wundi atangira gusakuza avuga 
    ati:"Ntabwo ari byo! Urabeshya umuhungu wange ni we muzima, uwawe 
    ni we wapfuye!" Wa mugore watanze ikirego na we ati:" Ni wowe 
    ubeshya! Umwana wawe ni we wapfuye, ahubwo rwose uwange ni we 
    muzima." Ubwo umwami yakurikiye ibyo bavuga byose nta na kimwe 
    cyamucitse. Barangije ni ko kubabwira ati: "Umwe muri mwe aremeza 
    ko umwana we ari we muzima, ko uw'undi ari we wapfuye. Undi na 
    we akemeza ko uw'undi ari we wapfuye uwe akaba ari muzima. None 
    nibanzanire inkota." Inkota barayimuzanira. Ni bwo atanze itegeko 
    ko umwana bamukatamo ibipande bibiri, umugore umwe agatwara 
    igipande kimwe, undi agatwara ikindi. Nyina w'umwana ata umutwe kuko 
    yakundaga umuhungu we cyane. Ni ko kubwira umwami ati: "Mwami 
    wange, mbabarira! Aho kwica uwo mwana, nimumuhe uyu mugore ari 
    muzima amwijyanire" Wa mugore wundi na we aranga ati:"Oya rwose 
    nibamukatemo ibipande bibiri, bityo ntazaba uwawe cyangwa uwange."

    Umwami yahise afata ijambo ategeka ko umwana bamuha umugore 
    watanze ikirego kuko ari we nyina w'umwana. Aho abaturage ba 
    Salomoni bamenyeye uko yakijije urwo rubanza barabimwubahiye cyane. 

    Kandi ni mu gihe, Imana yari yaramuhaye impano yo kuba intabera

    A. Inyunguramagambo
    Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu mwandiko maze uyakoreshe mu nteruro ziboneye 
    wihimbiye: kubogama, gushishoza, gushyira mu gaciro, 
    guhengera, intabera.
    B. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko
     1. Ni ba nde bavugwa muri uyu mwandiko?
     2. Ikibazo gihari ni ikihe?
     3. Umwami yitwaye ate mbere yo gukemura ikibazo?
     4. Yavumbuye ate ubeshya n'uvugisha ukuri?
     5. Ubutabera bugaragarira he?
    C. Ibibazo byo gusesengura umwandiko
    Subiza ibibazo bikurikira
     1. Garagaza ingingo z'ingenzi zigize uyu mwandiko.
     2. Vuga isomo ukuye muri uyu mwandiko.
    D. Kungurana ibitekerezo
     Muri iki gihe tugezemo mwakwitabaza ubuhe buryo kugira ngo 
    mukemure iki kibazo aba bagore bombi bari bafitanye?
    E. Ihangamwandiko:
     Tekereza maze uvuge ubundi buryo umwandiko washoboraga 
    kurangira butandukanye n'ubwo warangiyemo.
    Umukoro
     Muhimbe agakinamico, muteganye umwami ushyikirizwa ikirego 
    n'abagore babiri bari kuburana umwana. Umwami arashyikirizwa 
    ikirego n'umwe mu bagore, ahamagaze mugenzi we hanyuma 

    baburane.

    6.8. Ikinyazina ngenera

    Soma izi nteruro zikurikira witegereze amagambo 
    yanditse atsindagiye maze usubize ibibazo bikurikira.

     a. Umuhungu w'uyu mugore ni umuhanga mu ishuri.
     b. Kera habayeho umwami w'igihangange wo mu Bayisiraheli 
    akitwa Salomoni.
     c. Salomoni yari yarahawe n'Imana imirimo yo kuyobora 
    rubanda. 
     d. Imana yari yaramuhaye impano yo kuba intabera. 
     e. Abaturage ba Salomoni bamenye uko yakijije urwo rubanza 
    barabimwubahiye cyane.
    1. Bene aya magambo yitwa ngo iki? 
    2. Iyo uyitegereje usanga yitwara ate mu nteruro 
    cyanecyane ku mpera zayo? 

    3. Ibyo biba gihe ki? 

    Inshoza y'ikinyazina ngenera

    Ikinyazina ngenera ni ijambo rigaragaza nyiri ikintu, nyiri ahantu, 
    nyiri umuntu cyangwa nyiri igikorwa... rigahuza amazina abiri 
    agaragaza iyo sano kandi yuzuzanya cyangwa izina n'inshinga iri mu 
    mbundo byuzuzanya, izina n'ikinyazina nyamubaro, cyangwa izina 
    n'itsinda ry'amagambo ritangirwa n'indangahantu. Gihuza kandi izina 
    n'ikinyazina nyamubaro. Iyo witegereje ikinyazina ngenera usanga 
    gishobora guherwa n'inyajwi ebyiri:-a na -o. Giherwa na a iyo gihuza 
    amazina abiri cyangwa izina n'ikinyazina nyamubaro, kigaherwa na 
    o iyo gihuza izina n'imbundo cyangwa izina n'itsinda ry'amagambo 
    atangirwa n'indangahantu. Iyo gikurikiwe n'ijambo ritangirwa n'inyajwi, 

    inyajwi yacyo irakatwa.

    Imiterere y'ikinyazina ngenera
    Ikinyazina ngenera iyo gihuza amazina abiri cyangwa gihuza izina 
    n'ikinyazina nyamubaro giherwa na a. Iyo gihuza izina n'imbundo 
    cyangwa izina n'indangahantu giherwa na o.
    Imbonerahamwe ikurikira irerekana ibinyazina ngenera mu nteko zose.

    Imbonerahamwe y'ibinyazina ngenera

    good

    Imyitozo
    1. Soma ibi bika bibiri maze utahure ibinyazina byose wize 
    ubyuzuze mu mbonerahamwe.

    Akimara kuvuga atyo, wa mugore wundi atangira gusakuza avuga 
    ati:"Ntabwo ari byo! Urabeshya umuhungu wange ni we muzima, 
    uwawe ni we wapfuye!" Wa mugore watanze ikirego na we ati:"Ni 
    wowe ubeshya! Umwana wawe ni we wapfuye, ahubwo rwose 
    uwange ni we muzima." Ubwo umwami yakurikiye ibyo bavuga byose 
    nta na kimwe cyamucitse. Barangije ni ko kubabwira ati:"Umwe 
    muri mwe aremeza ko umwana we ari we muzima, ko uw'undi ari 
    we wapfuye. Undi na we akemeza ko uw'undi ari we wapfuye uwe 
    akaba ari muzima. None nibanzanire inkota."Inkota barayimuzanira. 
    Ni bwo atanze itegeko ko umwana bamukatamo ibipande bibiri, 
    umugore umwe agatwara igipande kimwe, undi agatwara ikindi.

    Nyina w'umwana ata umutwe kuko yakundaga umuhungu we cyane. 
    Ni ko kubwira umwami ati:"Mwami wange, mbabarira! Aho kwica 
    uwo mwana, nimumuhe uyu mugore ari muzima amwijyanire." Wa 
    mugore wundi na we aranga ati:"Oya rwose nibamukatemo ibipande 

    bibiri, bityo ntazaba uwawe cyangwa uwange."

    2. Kora interuro ziboneye wifashishije ibinyazina wavumbuye 
    muri ibi bika
    .
    3. Tondeka neza aya magambo ku buryo ukora interuro 
    iboneye: abaturage-ibikoresho-by'-Porisi-inama-kuzimya-yo 

    gutunga-Rwanda-ibanze-igira-y'u-byo-inkongi.

    6.9. Mahoro Keziya yandikiye Rukundo

    good

    MAHORO Keziya                                                         Gikondo, tariki ya 30/03/2016
    Ikigo cy'amashuri cya Kinunga
    Umurenge wa Gikondo
    Akarere ka Kicukiro
    Ku nshuti yange nkunda cyane Rukundo,
    Nshuti nkunda Rukundo,
    Uraho urakoma? Nange ndaho ndakomeye. Iwacu bose baraho kandi 

    baragutashya. Bahora bakumbaza nkababwira ko nange amakuru 

    yawe ntayaheruka. Ngo bashimishwaga n'uburyo twafatanyaga mu 
    masomo, tugakorera imikoro hamwe. Gusa ubu nabonye abandi bana 
    dufatanya kwiga nimugoroba, ariko wowe waramfashaga cyane kuko 
    wari uzi cyane indimi. Abo dusigaranye bose usanga mbarusha bikaba 
    ngombwa ko ari nge ubasobanurira ariko nge simbungukiraho cyane. 


    Ikinteye kukwandikira rero ndagira ngo nkumenyeshe ko nzaza 

    kubasura ejobundi ku wa kane nimugoroba. Sindamenya neza igihe 
    nzakugereraho ariko ndateganya guhaguruka ino aha nka saa kenda 
    n'igice. Nkumbuye bya bitaramo bya nijoro umusaza n'umukecuru 
    baducira imigani. Uwo nibuka cyane ni wa wundi wa Maguru n'insibika. 
    Ubantahirize cyane, mu gihe ntari nahagera ngo mbagwe mu nda.

    Umbabarire rero nta makuru menshi mfite muri aka kanya. Nanditse 
    nihuta cyane kuko nangaga ko Minani nshaka guha iyi baruwa anshika 
    ntamugutumyeho.
    Tashya bose, ni ah'ejo. 
    Uwawe utakwibagirwa,

    MAHORO Keziya.

    Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku ibaruwa.
     1. Uyu mwandiko ugamije iki? 
     2. Utaniye he n'indi myandiko yabanje nk'umwandiko "Ubuhanga 
    n'ubushishozi bwa Salomoni"? 
     3. Umwandiko uteye utya witwa ngo iki?
    Inshoza y'ibaruwa isanzwe cyangwa ya gicuti
    Abantu bagira uburyo bwinshi bwo guhanahana amakuru. Bashobora 
    kuvugana imbonankubone, bashobora guhamagarana kimwe n'uko 
    bashobora kwandikirana. Abantu bakunze kwandikirana iyo umwe ari 
    kure y'undi. Umwana ashobora kwandikira umubyeyi cyangwa inshuti ye. 
    Umubyeyi yakwandikira umwana we. Muri uko kwandikirana, uwandika 

    aba akeneye kugira icyo abwire uwo yandikiye, kandi anakeneye ko uwo 

    yandikiye na we amusubiza muri ubwo buryo bw'inyandiko. Ikinyabupfura 
    gitegeka uwandikiwe gusubiza uwamwandikiye. Urwo rwandiko abantu 
    bandikirana umwe agezaho undi amakuru ye cyangwa ayamubaza, 
    uwo abajije na we akamusubiza akoresheje inyandiko, ni rwo bita 
    ibaruwa isanzwe cyangwa ibaruwa ya gicuti. Mu ibaruwa ya gicuti baba 
    babwirana cyangwa babazanya amakuru. Indeshyo y'urwo rwandiko 
    iterwa n'icyo uwandika akeneye kubwira uwo yandikira. Uwandika avuga 
    ibimushimishije kimwe n'uko ashobora kuvuga ibimubabaje cyangwa 
    ibimubangamiye, ibyo yabonye cyangwa ibyo yumvise, uko yiyumva, ibyo 
    akunda n'ibyo yanga... Uwandika ibaruwa isanzwe yemerewe kuvuga 
    byose ariko mu kinyabupfura, akandika ibitunganye.
    Gusesengura ibaruwa isanzwe: Ibice bigize ibaruwa isanzwe
    Dufatiye urugero ku ibaruwa Mahoro Keziya yandikiye inshuti ye 
    Rukundo, dusanga ibaruwa ya gicuti ifite ibice bikurikira bigaragaza:
    1. Uwandika n'aho abarizwa byandikwa hejuru mu nguni y'ibumoso 
    bw'urupapuro. Muri make ibi umuntu yabyita "Uwandika n'aho 

    abarizwa". Icyo gice ni iki gikurikira:

    MAHORO Keziya
     Ikigo cy'amashuri abanza cya KINUNGA
     Umurenge wa Gikondo

     Akarere ka Kicukiro

    2. Aho ibaruwa yandikiwe n'itariki yandikiweho. Ibyo bijya hejuru mu 

    nguni, iburyo bw'urupapuro. Icyo gice ni iki

    Gikondo, tariki ya 30/3/2016

    3. Uwandikiwe n'aho abarizwa bijya munsi ya aderese y'uwanditse. 

    Icyo gice ni iki:

    Ku nshuti yange nkunda cyane Rukundo
     Umurenge wa Gatsata

     Akarere ka Gasabo

    4. Amagambo ahamagara uwandikiwe nk'aho yamusabye guhu guka 
    ngo yakire ubutumwa. Icyo gice cyandikwa munsi ya aderese 
    y'uwandikiwe, kigaherwa buri gihe n'akitso, ni iki gikuriki ra:

     Nshuti nkunda Rukundo,

    5. Munsi y'iki gice, haza igika gikubiyemo indamukanyo uwanditse 
    aha uwo yandikiye n'amakuru make ku miterere y'ubuzima bwe 
    n'ubw'umuryango. Icyo gice ni iki:

     Uraho urakoma? Nange ndaho ndakomeye. Iwacu bose baraho 
    kandi baragutashya. Bahora bakumbaza nkababwira ko nange 
    amakuru yawe ntayaheruka. Ngo bashimihwaga n'uburyo 
    twafatanyaga mu masomo, tugakorera imikoro hamwe. Gusa 
    ubu nabonye abandi bana dufatanya kwiga nimugoroba, ariko 
    wowe waramfashaga cyane kuko wari uzi cyane indimi. Abo 
    dusigaranye bose usanga mbarusha bikaba ngombwa ko ari nge 
    ubasobanurira ariko nge simbungukiraho cyane. 

    6. Hakurikiraho igika cyangwa ibika bikubiyemo ubutumwa nyirizina. 
    Ubwo butumwa bushobora kuba ari ubutanga amakuru, bushobora 
    no kuba ari ubuyabaza. Aha buramenyesha uwandikiwe umunsi 
    azasurirwaho n'uwamwandikiye, n'ibyo umushyitsi ateze ku nshuti 
    ye. Ibi nta kinegu kirimo, uwandika yabigiriye ko uwo yandikira 
    baziranye cyane kandi bakaba basanzwe ari inshuti. Icyo gice ni iki:

     Ikinteye kukwandikira rero ndagira ngo nkumenyeshe ko nzaza 
    kubasura ejobundi ku wa kane nimugoroba. Sindamenya neza 
    igihe nzakugereraho ariko ndateganya guhaguruka ino aha nka 
    saa kenda n'igice. Nkumbuye bya bitaramo bya nijoro umusaza 
    n'umukecuru baducira imigani. Uwo nibuka cyane ni wa wundi wa 
    Maguru n'insibika. Ubantahirize cyane, mu gihe ntari nahagera 

    ngo mbagwe mu nda

    7. Igika gisezera kirimo n'ibyiza uwandika yifuriza uwo yandikiye. Icyo 
    gika ni iki:

     Umbabarire rero nta makuru menshi mfite muri aka kanya. 
    Nanditse nihuta cyane kuko nangaga ko Minani nshaka guha iyi 
    baruwa anshika ntamugutumyeho. Tashya bose, ni ah'ejo.

    8. Umusozo w'ibaruwa n'umukono w'uwanditse. Icyo gice ni iki 
    gikurikira:

     Uwawe utazakwibagirwa,
     MAHORO Keziya.

    Uwandika ibaruwa yitwararika gusiga umwanya ibumoso n'iburyo 
    bw'urupapuro kugira ngo uwakira ubutumwa abone aho afata abusoma 
    atabuhishe n'intoki kubera kubufatamo. Ibaruwa yanditse neza ibamo 
    ibika, ku buryo buri gitekerezo kiharira igika cyacyo. Buri gika gitangira 
    umurongo. Hagati y'igika n'ikindi hasigara umurongo utanditsemo. 
    Ibaruwa yanditse neza kandi iba ihumeka, ni ukuvuga ko utwatuzo 
    tugomba gukoreshwa neza mu nteruro: akitso kagatandukanya ibice 
    bibiri by'interuro, akabago kagatandukanya interuro ebyiri, akabazo 
    kagasoza interuro ibaza, agatangaro kagasoza interuro itangara, 
    cyangwa amarangamutima.

    Byaba byiza hakoreshejwe interuro ngufi kuko zituma igitekerezo 
    cyumvikana neza kurushaho.

    Nimwitegereze imbata y'ibaruwa isanzwe iri ku ipaji ikurikiraho, 
    muyishushanye, muyifate mu mutwe ku buryo muzajya muyubahiriza 

    mu gihe cyose mukeneye kwandika ibaruwa isanzwe.

    good

    6.10. Amagambo aranga igihe

    Itegereze izi nteruro maze utahure ingingo amagambo 
    yanditse mu nyuguti z'igikara tsiriri abumbatiye.
    1. Nzaza kubasura ejobundi ku wa kane nimugoroba.
    2. Ubushize ubwo mperuka aho karandyoheye.
    3. Numva ubutaha ningaruka bizarushaho kuba sawa.
    4. Kagufata mu nda iyo ukabyukiyeho mu gitondo.
    5. Ndateganya guhaguruka hano nyuma ya saa sita nka saa kenda 
    n'igice.
    6. Nkumbuye bya bitaramo bya nijoro.
    7. Nta makuru menshi mfite muri aka kanya.
    8. Ni ah'ejobundi.

    Imyandikire y'amagambo aranga igihe

    good

    Umwitozo

    Simbuza amagambo yanditse mu nyuguti z'igikara tsiriri 
    andi magambo aranga igihe bivuga kimwe. Ukoreshe 
    amagambo make ashoboka.

    1. Hirya y'ejo nzakubwira icyo nzaba naragezeho.
    2. Turaza guhura izuba rigeze ijuru hagati.
    3. Abantu baryama bumaze guhumana.
    4. Ubwo mperuka iwanyu nagiye nishimye.
    5. Ubwo nzagaruka nzasange mwarampishiye imineke.
    6. Turagaruka izuba rirenga.
    7. Uze hatari hacya cyane.
    8. Yangezeho ku gasusuruko.
    9. Nakangutse mu gicuku. 
    10. Ibyo byose byabaye izuba riva.

    Isuzuma risoza umutwe wa gatandatu

    Umwandiko: Ubufatanye n'ubwuzuzanye mu muryango
    Kuvukira aheza ntako bisa. Kuvuka neza si ibya bose kuko isuku 
    igira isoko, naho umwanda ukagira akazu. Ngayo amahirwe ndusha 
    abaturuka ahandi nge wavukiye mu gihugu k'imisozi igihumbi, kirimo 
    ibirunga kikaba gihorana amahumbezi. Igihugu keramo amaka 
    n'amahore, aho bahura bagacyura, ababyeyi bagatega ingori buri 
    munsi.

    Nkivuka nasanze mama na data babana neza, bakunda abana babo, 
    bakunda umurimo, bakunda umuco ubaranga, bakunda ukuri. Banga 
    ubuhemu, banga mpemuke ndamuke. Badategereza ibitangaza 
    bahinnye amaboko, badategereza umwijima ngo babone uko 
    bajujubya abiyushye akuya, badategereza akimuhana kaza imvura 
    ihise. Birinda kubeshya, birinda guhemuka, baharanira kuvuga rumwe 
    n'abavandimwe, baharanira gufatanya n'inshuti. Uwo muco ndawutora, 
    nkunda gutega amatwi ibiganiro byabo, nkabakurikira mu murima, 

    iteka nkishimira kumva abandi bana bambwira ko ndi inkubaganyi 

    nigana ibyo data akora. Nterwa ishema no guherekeza uwambyaye 
    mu bitaramo, no mu ruhame aho bamuhamagariye kunga inshuti, 
    gukiranura abavandimwe cyangwa kuyobora ubukwe. 
    Uko data yabaga abyutse mu museso yizeye ko adusize mu 
    bitotsi, narahagurukaga nkamurungurukira mu myenge y'urusika 
    rwakingirizaga aho nararaga, nkabona afashe isuka aho yabaga 
    imanitse nkumva ko agiye mu murima. Mama yabaga atamutanze 
    kubyuka, bakabadukira rimwe, we agafata ikibindi nkumva ko agiye 
    ku iriba kuko yahindukiraga ikibindi acyujuje amazi. Yamara kugitura 
    agafata imyeyo amaze gutereka inkono ku mashyiga no kumbyutsa 
    ngo nshanire. Ubwo ku mutima nkibwira ko abagore ari bo bavunika 
    cyane kuko nyuma y'iyo mirimo yose no kutugaburira ibiryo bihiye, 
    mama yafataga isuka agasanga data mu murima amushyiriye 
    n'impamba. Bikantera kwibaza niba data ashobora kuvoma, cyangwa 
    kwikorera ikibindi ntakimene, dore ko ntari nakamubonye akora uwo 
    murimo numvaga ari uw'abagore gusa. 

    Nkibaza impamvu mama ari we uteka wenyine buri gihe, data 
    yiyicariye kandi na we ntacyo byari kumutwara, ndetse ibiryo bigashya 
    nta ngorane ahuye na zo. Sinibuka umunsi, imvura yaragwaga 
    mama arwaye, aryamye hafi y'amashyiga, ge n'abavandimwe bange 
    bankurikira dupfumbase amashyiga kuko umuriro wari mu ziko 
    wari muke cyane, mbona data afashe inkono arayoza ayitereka 
    ku mashyiga, ashyiramo amazi n'ibiryo, nyuma yicara mu mwanya 
    mama yicaragamo atetse, aracanira, ibyo kurya bihiye aratugaburira. 
    Kuva uwo munsi numva ko umuntu ari nk'undi, ko batandukanywa 
    gusa n'umuteto. Ubwo mpita ntinyuka kubaza data niba ubusanzwe 
    hari abagabo bateka kandi bakarurira abana n'umugore. Icyo kibazo 
    cyange kirakaza mama aho aryamye maze anyuka inabi, ati:"Sigaho 
    kurimanganya wa nshyomotsi we!" Ubwoba n'ikimwaro bimfashe 
    nitegereza data wamaze umwanya yiyumvira. Ni ko kumbwira mu 
    ijwi ryoroheje ariko ritari ryiza ati:"Ikibabaza umubyeyi wese ni 
    ukubyara utazageza ingobyi imugongo kuko umuntu amenya uko 
    yaruhije abamubyaye iyo yaruhijwe n'abo yabyaye. Narababyaye 
    namwe muzabyare."

    Umunsi umwe guhogorora byahuriranye n'ishya ry'ibigage, dutumira 
    inshuti n'abavandimwe. Ku badufashije mu burwayi bwa mama 
    twongeraho abasheshe akanguhe bo mu muryango wacu, uruhembo 
    rujyana n'umuganura. Abari aho bamaze gushira inyota data aterura 
    ijambo ashimira abamufashije umugore we arwaye, arisoza yifuza 
    ko ejo hazaza ubwo bufatanye bwasugira bugasagamba mu bantu. 
    Uko abatumirwa bagenda bakuranwa mu magambo basubiza imvugo 
    yabanje, bose bakagusha ku gitekerezo kiza cyo kwibuka gushimira 
    uwabanje ubuntu n'ineza kimwe no gutura abakuru umuganura 
    bakishimira uwo mutima mwiza w'ababyeyi bange, babifuriza kuzasiga 
    uwo muco utamwaye mu bato. Imyaka nari mfite ntiyanyemerega 
    gufata ijambo imbere y'iyo mbaga, bituma ndifatira mu mutima wange 
    nibaza impamvu abari aho bose banezerewe.
    Byavuye mu gitabo cya RUGEMA, A., Rwemerikije, ibuye si umugati,
    Urup. 5 — 13.

    I. Inyunguramagambo
     1. Iyo bakoresheje izi mvugo zikurikira wumva iki?

     a. Isuku igira isoko. 
     b. Umwanda ugira akazu. 
     c. Igihugu gihorana amahumbezi. 
     d. Amaka n'amahore. 
     e. Mpemuke ndamuke.
     f. Badategereza umwijima ngo babone uko bajujubya 
    abiyushye akuya.
     g. Badateze akimuhana kaza imvura ihise. 
     h. Kunga inshuti. 
     i. Ubwo data yabaga atereye ikirago mu museso.
     j. Bakabadukira rimwe. 
     k. Inshyomotsi. 
     l. Aterura ijambo. 
    2. Shaka mu mwandiko imbusane z'aya magambo.
     Gupfa, ibyago, kurumba, gucyura (amatungo), kwanga, ikinyoma, 

    ikimwaro, ahihishe, gutandukanya, kugaragaza, kuryamisha

    3. Tanga impuzanyito z'aya magambo:
     a. Isoko b. Ishema
     c. Kubyara d. Kwijajara
     e. Ikiniga
    4. Simbuza amagambo yanditse mu nyuguti z'igikara tsiriri 
    ijambo rimwe bisobanura kimwe.

     a. Ababyeyi bagatega ingori buri munsi.
     b. Badategereza ibitangaza bizaza bahinnye amaboko.
     c. Baharanira kuvuga rumwe n'abavandimwe.
     d. Nkunda gutega amatwi ibiganiro byabo.
     e. Ibyo kurya bihiye aratugaburira. 
     f. Ikibabaza umubyeyi wese ni ukubyara utazageza ingobyi 
    imugongo.
     g. Bose bibuka gushimira uwabanje ubuntu n'ineza.
     h. Ku badufashije mu burwayi bwa mama twongeraho 
    abasheshe akanguhe bo mu muryango wacu.
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
     1. Uvuga muri uyu mwandiko ari mu kihe kigero? 
     2. Ni iki yiratira abandi?
     3. Ni izihe ndangagaciro zarangwaga mu muryango 
    yavukiyemo? 
     4. Ni uwuhe muco akomora ku babyeyi be? 
     5. Ni iyihe mirimo yakorwaga muri uyu muryango? 
     6. Abagize uyu muryango bubahiriza izihe gahunda za Leta? 
     7. Abagize uyu muryango babanye bate n'abaturanyi babo? 
    Bigaragazwa n'iki? 
     8. Umwandiko urangira ute? 
     9. Kuri wowe, iyi nkuru yabereye mu kihe gihugu? Kuki? 
     10. Uwahimbye uyu mwandiko yari agamije iki? (gusaba abantu 
    kuba inyangamugayo, gukunda umurimo no gufashanya 
    kw'ibitsina byombi,
     11. Ni irihe somo uyu mwandiko ugusigiye mu birebana 
    n'uburinganire n'ubwuzuzanye bw'ibitsina byombi? 
    III. Ikibonezamvugo
    1. Tahura ibinyazina biri mu mwandiko umaze gusoma 
    ubitandukanye mu bwoko bwabyo ubishyira mu 
    mbonerahamwe.
     2. Soma interuro zikurikira maze usubize ibibazo 
    wabajijwe. 

     a. Nge navukiye mu gihugu k'imisozi igihumbi.
     b. Igihugu keramo amaka n'amahore.
     c. Kuva uwo munsi numva ko umuntu ari nk'undi.

    Amagambo ari mu nyuguti z'igikara tsiriri ni bwoko ki? Kuki 
    yanditse gutya?


    IV. Ihimbamwandiko

     Andikira inshuti yawe uyibwira umwandiko wagushimishije mu 
    gitabo cy'umwaka wa gatanu w'amashuri abanza n'impamvu 
    cyagushimishije. Urangize umugira inama yo gukunda gusoma 

    unamwumvisha akamaro kabyo.

    Imyandiko y’inyongera

    Imwe mu mihango y’Abanyarwanda mu mezi 
    ya Kinyarwanda
    Mu mpera z’ikinyejana cya cumi na gatanu, umwami Nsibura Nyebunga 
    na nyina Nyiransibura, bafatanyije n’Abanyarwanda barwaniraga 
    ingoma, bateye u Rwanda bafata ingoma y’ingabe, yari Rwoga icyo gihe, 
    bica umwami Ndahiro Cyamatare, umugabekazi n’abandi bakobwa bose 
    b’ibwami. Ibyo byabereye mu Kingogo, aho bise i Rubi rw’i Nyundo no 
    mu Miko y’Abakobwa ari mu kwezi kwa Gicurasi. U Rwanda rurubama, 
    abanzi bararuyogoza, abantu barashira, abasigaye bakuka umutima, 
    bata umuco, imihango iribagirana, ibyiza biratuba, ibibi biratubuka.

    Nyuma y’imyaka cumi n’umwe muri ayo makuba, abiswe “Abaryankuna” 
    bazanye “umutabazi” Ruganzu Ndoli bamuvanye i Karagwe kwa 
    nyirasenge Nyabunyana. Ubwo yima ingoma yunamura u Rwanda, 
    arwirukanamo abanyamahanga, ahorera se. Kuva ubwo, Abanyarwanda 
    batangira kwibuka buri mwaka urupfu rw’umwami Ndahiro Cyamatare 
    n’abantu be mu “mihango y’Icyunamo cya Gicurasi.” Uko kwezi kose, 
    Abanyarwanda bakaba mu cyunamo, nta bukwe butaha, nta byishimo 
    bibaho, ingoma zaracecetse, amapfizi yaravanywe mu nka.

    Nyuma y’imihango ya Gicurasi, mu mboneko za Kamena, ni bwo 
    bakoraga “Imihango yo gukura Gicurasi”, ari byo bitaga “kunamuka” 
    basohoka mu cyunamo k’icuraburindi rya Gicurasi. Iyo mihango 
    yamaraga umunsi wose igakurikirwa n’icyo bitaga “ibirori bya Kamena.” 
    Abantu bagakomorerwa bakongera kwishima, ingoma zikongera 
    kuvuga, ubukwe bugataha... Ibyo byishimo bikajyana no kwitegura 
    imihango y’umuganura yakorwaga muri Nyakanga. Buri mwaka, 
    bitangiriye ibwami, hakaba imihango yo kwibuka ibirori byabaye mu 
    gihe cyo gusangira umutsima w’amasaka n’uburo byasaruwe bwa 
    mbere u Rwanda rumaze “kunamuka” no “kwibohora.” Byabaga ari 
    nko gushimira Imana n’abakurambere ndetse n’Abatabazi, Ruganzu 
    Ndoli n’Abaryankuna, bagize uruhare mu kuvana u Rwanda muri rya 
    curaburindi ubwo igihugu cyari cyoramye, bisa nk’aho cyari cyaraguye 

    mu kuzimu, kikaza kuzuka.

    Imihango y’Umuganura yayoborwaga n’abiru b’Abatsobe ari bo bari 
    bakuru, ab’Abambogo bo kwa Musana n’abo kwa Myaka. Abiru bo kwa 
    Musana ni bo, muri Nzeri, babibaga imbuto z’umuganura (amasaka 
    n’uburo) babaga bavanye ibwami muri Kanama. Ayo masaka, bitaga 
    “amahore”, yeraga muri Mutarama cyangwa Gashyantare. Abambogo 
    bakayavanga n’uburo bakavugamo umutsima witwaga “umurorano”, 
    akaba ari wo umwami aryaho ategura “umuganura” nyirizina muri 
    Nyakanga.

    Iyo mihango yo muri Mutarama yamaraga gushira, muri Gashyantare 
    Abambogo bakaza ibwami gufata “igitenga”, igitebo kinini cyabaga 
    cyubashywe cyane cyavaga ibwami kikajyanwa i Bumbogo, kikaba 
    ari cyo bazazanamo amasaka y’umuganura ibwami yabaga yeze muri 
    Kamena na Nyakanga, ari yo bitaga amaka. Igitenga cyagendaga iteka 
    kivugirwa n’ingoma, kikakirwa neza aho giciye hose, utacyubashye 
    akicwa cyangwa akanyagwa. Muri iyi mihango yo muri Nyakanga, 
    umwami ubwe ni we watekeraga Rubanda, by’umuhango, akarika, inkono 
    yatura agaturira, akavuga umutsima, akagabura, agaha abatware na 
    bo bakajya kugaburira ingabo zabo, maze u Rwanda rwose rugasangira 
    kivandimwe.

    Iyi mihango yashushanyaga kuvuka, gupfa no kuzuka kwa buri mwaka 
    kw’ibintu byose n’abantu. Mu Rwanda, ukuvuka gutangirana n’umwaka 
    muri Nzeri, byagera muri Gicurasi, isi igasa nk’iyubamye, yageze mu 
    kuzimu, muri Kamena hagatangira icyunamuko, kijyana n’ibyishimo 
    by’umuganura, dushimira Imana n’Abakurambere kuzageza mu mpeshyi 

    muri Nyakanga na Kanama.

    Inyamaswa zigabana umuhigo
    Umunsi umwe, inyamaswa zirya inyama zahigiye hamwe nuko zica 
    impongo. Mu gihe cyo kugabana, intare iza kubona ko zose nizifataho 
    itari buhage. Nuko itumira izindi nyamaswa zirimo n’izitarya inyama, 
    kugira ngo ize kuzirira. Mu nyamaswa zahageze zitarya inyama harimo 
    bakame.

    Izindi zo zumvise intare izitumira mu nama, zirakeka ziti:”Buriya natwe 
    irashaka kuturya.” Nuko aho kujya mu nama zirahunga.
    Ubwo inyamaswa zirya inyama zari zagize uruhare mu muhigo zari 
    zateranye, zirimo warupyisi, ingwe, n’imbwembwe.

    Nuko intare ibwira warupyisi, iti:”Gabanya izi nyama sha Warupyisi!” 

    Warupyisi rwose n’ubwo yari izwiho ubusambo, yagerageje kugabanya 
    neza inyama. Ibanza gufata itako iti: “Iri ni iry’umwami nyiri ishyamba.” 
    Ifata n’umutima n’umwijima ndetse n’impyiko, iti:”Izi ni iz’umwami nyiri 
    ishyamba.”

    Ahasigaye na yo yikurikizaho, ifata akaguru, igashyira ku ruhande iti: 
    “Aka ni akange.” Ifata akaboko iti:”Aka ni aka Rwara rw’umugara”: 
    ingwe. Ifata akandi kaboko igatererera imbwebwe. Ahasigaye inyama 
    zo mu nda na zo igenda izongera ku zo yari yageneye buri nyamaswa. 
    Igeze ku nkoro iyisaturamo ibice bitanu. Iravuga iti: “Kubera ko inkoro 
    iryoha, buri nyamaswa irabonaho agace.”

    Ubwo intare umwami w’ishyamba aho yari iri, yari irimo guhekenya 
    amenyo, yarubiye. Nuko mu gihe Warupyisi itararangiza, irayisimbukira, 
    iyikubita ijanja mu jisho irarimena.

    Ifata za nyama yongera kuzirunda, iti: “Nihagire undi ugabanya izi nyama 
    neza. Warupyisi ni igisambo. Nta kuntu yatugabanya uko bikwiye.”
    Izindi nyamaswa zose zari aho zigira ubwoba. Zitinya kugabanya izo 
    nyama. 

    Aho bigeze, intare ibwira bakame, iti:”Gabanya izi nyama sha, kera 
    nari nkuziho ubugabo.” Nuko Bakame iratangira ifata inkoro iti: “Izi ni 

    iz’umwami kuko inkoro iribwa n’umugabo igasiba undi”. Ifata amaguru 

    yombi n’amatako, iti:”Izi ni iz’intare Rutontoma umwami nyira ishyamba. 
    Ifata umutima n’umwijima n’impyiko, iti:”Izi ni iza Rwabwiga, umwami 
    nyir’ishyamba.” Nuko intare ibibonye iraseka, iti: “ Sha Bakame wigiye 
    he kugabanya? “ Bakame iti: “Nabyigishijwe na ririya jisho rya Warupyisi 
    rinagana.” Nuko intare irayibwira, iti:

    “Noneho genda ufata izisigaye uhereza izo nyamaswa zindi.” 

    Nuko ya ntare yihengekana imihore, izindi nyamaswa zisigara ziguguna 
    amagufwa.

    Havamo ingwe, irazanga, ijya kwihigira inyamaswa yayo. Ariko guhera 
    ubwo inyamaswa zose zizira Bakame, aho ziyibonye zirayihiga.

    Nguko uko Bakame yatangiye guhigwa n’inyamaswa zose zirya inyama 
    kuko yatinye ijisho ry’intare iburizamo izindi nyamaswa.

    Si nge wahera hahera umugani.

    Amagambo mashya yakoreshejwe muri iki gitabo

    Abakurambere: Abasokuruza cyangwa abantu babayeho kera.
    Abantu bari barakigize indahiro: Baragitinyaga cyane kubera 
    ubugiranabi bwacyo
    Abanyarwanda ni bene mugabo umwe: Abanyarwanda ni 
    abavandimwe.
    Agakingirizo: Agakoresho korohereye bambika igitsina kugira ngo 
    abakora imibonano mpuzabitsina batandura indwara cyangwa 
    hakabaho gutwara inda.
    Akabande: Ahantu hashashe munsi y’umusozi.
    Akaga: Ibyago bikomeye. 
    Akarenze umunwa karushya ihamagara: Iyo uvuze ijambo 
    ridakwiye ntushobora kurigarura ahubwo utangira kugorwa no 
    gutanga ibisobanuro ku cyo wavuze.
    Amakimbirane: Amahane, ubwumvikane buke.
    Amakoro:Amaturo kera bajyanaga ibwami cyangwa mu bandi bantu 
    bakomeye
    Amanjwe: Amagambo adafite agaciro, amatiku.
    Amarangamutima: Ikimenyane, ugutonesha guterwa n’isano ufitanye 
    n’umuntu.
    Ashyira nzira: Atangira urugendo, arahaguruka aragenda.
    Azarengere: Azatabare.
    Barikubura barataha: Barahaguruka, basubira iwabo. 
    Bene ako kageni: Gutyo, muri ubwo bwuryo. 
    Busunzu: Irindi zina rihabwa ingona.
    Bwangu: Vuba bidatinze. 
    Gatumura: Ni ubwoko bw’ibihumyo (ibyoba) byibumbabumbye 
    bitumuka ivumbi iyo ubikubise cyangwa se ubiteye umugeri.

    Guca ibintu:Kugira nabi, kwangiza, kugira ibikorwa bibi

    Guca inyuma uwo mwashakanye: Gukorana imibonano mpuzabitsina 
    n’undi muntu mutashakanye rwihishwa.
    Guca iteka: Gutanga itegeko k’umwami.
    Guca ukubiri n’ikintu: Kukigendera kure, kutagikora.
    Gufata umwanzuro: Gutanga igisubizo ku kibazo kiganirwaho.
    Guhaba: Kuyoba cyane, kutamenya aho uri.
    Guhara ishema: Guta agaciro, gusubira inyuma, guta agaciro
    Guhengera: Gucunga.
    Guhezwa: Kwigizwayo, gukumirwa, guhabwa akato.
    Guhohotera: Gukorera umuntu ibikorwa bibangamira uburengnzira bwe.
    Guhondobera: Gusinzira kubera ubushyuhe.
    Guhwitura: Gukosora umuntu ugamije kumwibutsa ibyo ashinzwe 
    gukora
    Gukanira: Guhambira ugakomeza cyane. 
    Gukiranura: Kuvuga ufite ukuri. 
    Gukorera mu bwiru: Kutagaragaza neza ibyo ukora, guhishahisha 
    ibintu ntubishyire ku mugaragaro.
    Gukubita ku mutwe: Kwikorera. 
    Gukuka: Kuva ku mugezi kunywa amazi ku nka cyangwa izindi 
    nyamaswa. 
    Gukumira: Kubuza ikintu kuba.. 
    Gusabwa n’ibyishimo: Kugira ibyishimo byinshi bikagaragarira ku 
    maso no mu byo ukora. 
    Gushinga imizi: Gukomera cyane bitanyeganyaga.
    Gushira amakenga: Gutinyuka, gushira ubwoba
    Gushira amatsiko: Gusobanukirwa uko ibintu byagenze, kumenya 
    neza inkomoko y’ikintu.
    Gushisha: Kubyibuha cyane. 

    Gushishikara: gukora ikintu ukitayeho

    Gushishoza: Banza ushishoze mbere yo kwemeza ufite ukuri.
    Gushoka: Kujya kunywa amazi ku nka cyangwa izindi nyamaswa.
    Gushwitura ibirondwe: Gukura ibirondwe ku nka.
    Gushyira mu gaciro: Kugira ngo babashe gukemura ibibazo 
    by’abaturage abayobozi baba bagomba bushyira mu gaciro.
    Gusimbuka makeri: Umukino bakora basutamye bagasimbagurika 
    nk’igikeri.
    Gutahiriza umugozi umwe: Gukorera hamwe, kugira intego imwe.
    Gutahura:Kuvumbura.
    Gutamiriza: Kwambara umutako mu ruhanga cyangwa mu ijosi. 
    Gutamirizwa: Kwambikwa imitako. 
    Gutirimuka: Kuva ahantu hashize akanya gato. 
    Gutunga ugatunganirwa: Gutunga bikaguhira, ukabigiramo ibyishimo 
    n’umunezero, mbese ukabigiramo umudendezo. 
    Gutura ibyemezo hejuru y’abantu: Kugeza ku bantu ibyo bagomba 
    gukora utabanje kubabaza icyo babitekerezaho.
    Ibigango: Ingufu, imbaraga z’umubiri.
    Ibihangano: Ibintu byaturutse mu bwenge n’ibikorwa by’umuntu.
    Ibikorwa remezo: Ibikorwa bigamimije kubaka igihugu kugira ngo 
    imibereho y’abantu irusheho kuba myiza. Mu bikorwa remezo 
    habarirwamo nk’imihanda, amazi, amashanyarazi,...
    Ibirondwe: Udusimba tuba ku nka n’andi matungo tukayanyunyuzamo 
    amaraso.
    Ibuguma: Inka ishaje cyane. 
    Ifuku: Agasimba kujya kumera nk’imbeba ariko kayiruta ho gato, 
    gacukura umwobo muremure mu butaka akaba arimo kaba. Gakunda 
    konona imyaka kuko kaguguna imizi y’ibihingwa cyanecyane ibyerera 
    mu butaka nk’ibijumba.
    Igenzuramikorere: ibikorwa byo gukurikirana uko imirimo ikorwa.

    Igitambambuga: Umwana muto. 

    Igitonyanga mu nyanja : Utuntu duke cyane.
    Ihazabu: Amafaranga acibwa mu rukiko nk’igihano cy’umuntu wakoze 
    icyaha.
    Ikimasa: Inka y’ingabo.
    Ikinani: Ahantu hadahinze haraye hakamera ibyatsi n’ibihuru.
    Ikinege: Umwana wavutse ari wenyine mu muryango.
    Ikivunge: Abantu benshi.
    Ikiza: Icyago giterwa n’imvura nyinshi cyangwa izuba ryinshi, umuyaga 
    mwinshi cyangwa indi mihindagurikire y’isi.
    Imibavu: Ubwoko bw’amavuta ahumura umwuka wayo ugatama hose.
    Iminyago: Ibintu byasahuwe, byafatiwe ku rugamba.
    Imishinga: Ibikorwa biteganyijwe bigomba amafaranga kugira ngo 
    bitungane.
    Impamba: Ibiryo umuntu yitwazaga ari ku rugendo rwa kure. Muri iki 
    gihe abantu basigaye bitwaza amafaranga. 
    Impano: Ibintu bitangwa ku buntu mu rwego rwo gushimisha umuntu.
    Impanuka: Icyago kiza kidateguje.
    Impanuro: Inama ugirwa n’umuntu ugukuriye cyangwa ukurusha kuba 
    inararibonye.
    Impinduramatwara: Imikorere mishya, uburyo bwo gukora 
    butandukanye n’ubwari busanzwe. 
    Impundu: Ni akamo k’ibyishimo bavuza kubera ikintu kiza gikozwe 
    mu gihe k’ibirori cyanecyane ubukwe cyangwa mu kwakira umuntu 
    bamugaragariza ko bamwishimiye. Mu muco nyarwanda, impundu 
    zivuzwa n’abagore.
    Impuzu: Imyenda ya kera yakorwaga mu bishishwa by’ibiti, cyanecyane 
    imivumu.
    Impwempwe: Ubwoya abantu bakuru bamera mu gatuza.
    Inshuke: Abana bakiri bato bakiva ku ibere.

    Inda y’ uburiza: Inda ya mbere.

    Indangagaciro: Imigenzereze myiza, ibikorwa byiza umuntu 
    ahamagarirwa gukora.
    Ingamba:Ibyemezo bifatwa mu rwego rwo guharanira kugera ku kintu 
    runaka.
    Ingengo y’imari: Umubare w’amafaranga igihugu giteganya gukoresha 
    mu gihe runaka.
    Inkombe: Ubutaka bukora ku mugezi bukarinda amazi guta inzira yayo. 
    Inkongi: Umuriro ugurumana. 
    Insimburangingo: ibyuma cyangwa ibindi bikoresho bisimbura 
    urugingo rw’umubiri rwatakaye.
    Insumba: Inka y’ingore. 
    Insya: Ubwoya abantu bakuru bamera ku gitsina.
    Intabera: Umuntu utabogama, ukoresha ukuri.
    Intaho: Aho umuntu aba.
    Intanga: Ingirabuzima fatizo zikorwa n’imyanya ndangagitsina zivamo 
    abana; bivugwa no ku nyamaswa.
    Inyangamugayo: Umuntu w’indahemuka kandi uvugisha ukuri 
    akanashyira mu bikorwa ibyo yiyemeje.
    Inyoroshyo: Ruswa.
    Inyunganirangingo: Ibyuma cyangwa ibindi bikoresho bifasha umuntu 
    ufite ubumuga mu kumwunganira ku ngingo z’umubiri zidakora neza.
    Iperereza: Ikurikiranwa ry’ibyabaye habazwa ababibonye biba, 
    hanegeranywa ibimenyetso. 
    Ipiganwa: Guhangana mu biciro hagatsinda urushije abandi.
    Ipiganwa: Irushanwa rigamije kugaragaza urusha abandi ubushobozi 
    mu kintu runaka
    Ishwima: Inyoni zikunda kurya ibirondwe biba biri ku nka. 
    Ishyo: Inka nyinshi.

    Isuzuma: Igenzura rigamije kureba amafaranga yakoreshejwe.

    Itadowa: Agatara gakozwe mu bikombe byavuyemo sositomati, karimo 
    urutambi, katagira ikirahure, gacumba umwotsi mwinshi iyo gacanye. 
    Itsinda: Ihuriro rinini cyangwa rito ry’abantu biyemeje gukorera hamwe.
    Itumanaho: Ni uguhanahana amakuru n’ubutumwa butandukanye 
    hagati y’abantu.
    Izina ryange rizwi neza hose: Abantu bose banziho ibyiza.
    Izungura: igikorwa cyo kwegukana uburenganzira n’inshingano ku 
    mitungo yasizwe n’ababyeyi bawe. 
    Kizimyamwoto: Igikoresho kifashishwa mu kuzimya umuriro, mu gihe 
    hari ahahiye.
    Kotsa umuntu igitutu: Kumuhatira gukora ikintu.
    Ku bizigira:Igice cy’akaboko hagati y’inkokora n’urutugu.
    Kubangatana: Guterura ikintu kikurusha ingufu ukagenda wunamirije. 
    Kubera ibamba: Kwanga ikintu ugatsemba, gutsimbarara.
    Kubera: Gutanga amanota umuntu atakoreye.
    Kubererekera: Kuvira mu nzira. 
    Kubogaboga: Kuzura kugera ku rugara, kuzura cyane ugasendera. 
    Kubogama: kudakoresha ukuri, kujya ku ruhande rw’uri mu makosa.
    Kuburagiza: Kuburabuza.
    Kudaheza: Kutagira uwo wigizayo, uwo ubuza amahirwe abandi bafite.
    Kudindira: Kudatera imbere.
    Kudogagira: Kugenda buhoro kubera intege nke. 
    Kugabana inka: Kugabirwa inka. 
    Kugaruka bwangu:Kugaruka vuba, kudatinda aho wari ugiye.
    Kugisha inama: Gusaba ko abantu baguha ibitekerezo ku kintu runaka.
    Kugishisha inka: Ni ukuzijyana ahantu kure hari ubwatsi zikamarayo 
    igihe.

    Kuvutsa ubuzima:Kwica

    Kumukura:Kumusimbura.
    Kumurika: Kwerekana.
    Kuniganwa ijambo: Kudahabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo, 
    wo kugira icyo uvuga ku bibazo biriho.
    Kurabukwa: Kubona by’akanya gato, gukubita amaso. 
    Kuraga: Kuvuga ijambo cyangwa ugakora inyandiko ivuga uko 
    umutungo wawe uzakoreshwa nyuma y’urupfu rwawe.
    Kuraguza: Ni ukujya kubaza umupfumu ibyo udasobanukiwe bijyanye 
    n’ibikubaho cyangwa ibizakubaho birenze ibyo twe tubona. Abajya 
    kuraguza baba bizera ko abapfumu bafite ububasha bwo kumenya 
    ibizaba. 
    Kureba igitsure: Kureba umuntu nabi umwereka ko utishimiye ibyo 
    avuga cyangwa se akora.
    Kurimanganya:Kuriganya, kutavugisha ukuri.
    Kurohama:Kugwa mu mazi ugaheramo.
    Kurondogora: Kuvuga byinshi ukavuga n’ibidakenewe.
    Kurorongotana: Kugenda uyobagurika kubera ko utazi iyo ujya.
    Kuvubura: Gusohokamo amatembabuzi.
    Kuvuga ni ugutaruka: Kureka ingingo waganiragaho itararangira 
    ugafata indi.
    Kuzimira: Kubura ntiwongere kuboneka.
    Kuziririza: Kuba utemerewe gukora ikintu, kukirya, kukica. 
    Kuzungura : Gusimbura umuntu.
    Kwamamaza: Ni ukuranga ibicuruzwa byawe ubitaka kugira ngo 
    wongere umubare w’ababigura.
    Kwambarana: Gutizanya imyenda umwe akambara iy’undi.
    Kwanika amagufa: Kunanuka cyane. 
    Kwifureba:Kwifubika
    Kwihirika: Gushira kw’iminsi. 

    Kwikoma isazi: Gukubita isazi ikuguyeho.
    Kwikurugutura: Kwishyira urutoki mu gutwi ukuzibura kugira ngo 
    wumve neza. 
    Kwimika: Gushyira imbere, guha agaciro gakomeye. 
    Kwirara: Kumva ko nta kibazo ushobora kugira ntugire icyo witaho 
    cyangwa uteganya. 
    Kwisuzumisha: Kujya kwa muganga akagenzura ko utanduye indwara 
    cyangwa ko utasamye inda.
    Kwitura ineza: Gukorera neza umuntu ikintu kiza kubera ko na we 
    yakugiriye neza mu gihe cyashize.
    Kwitwararika: kwigengesera ngo utagira ibyo wangiza.
    Kwizitura ineza: Gukorera umuntu ikintu kiza kubera ko na we 
    yakugiriye neza mu gihe cyashize.
    Mataraga: Mazima atarwaye. 
    Mugikungahaze: Mugiteze imbere.
    Nta mpungenge: Nta guhangayika, nta bwoba.
    Ntawuduhutaza: Ntawudusagarira.
    Turatekanye: Dufite amahoro.
    Tutishishanya: Tudatinyana.
    Ubucakwaha: Ubwoya abantu bakuru bamera mu kwaha.
    Ubucuruzi bwa magendu: Ubucuruzi butemewe n’amategeko. 
    Ubudahangarwa: Ububasha umubiri ufite mu kurwanya indwara.
    Ubudakemwa: Ukutagira ikibi kikugaragaraho cyangwa ukekwaho.
    Ubugeni: Umwuga wo gukora ibintu binogeye amaso cyangwa 
    ibihangano binogeye amatwi. 
    Ubuhemu: Igikorwa cy’ubugiranabi ugiriye uwakugiriye neza.
    Ubukambwe: Ubusaza, igihe k’iza bukuru ku mugabo. 
    Ubukangurambaga: Ibiganiro byumvisha abantu ububi bw’ikintu kandi 

    bibakangurira kukirinda.

    Ubukorikori: Umwuga wo gukora ibintu bitandukanye ubikoresheje 
    intoki.
    Ubumuga: Imiterere y’umuntu ufite ubumuga ku mubiri cyangwa mu 
    mutwe.
    Uburezi budaheza: Uburezi butavangura abana, bose bakigira hamwe 
    baba abafite ibibazo baba n’abatabifite .
    Uburondwe: Udukoko tuba ku nka tukayinyunyuza amaraso. 
    Ubushobozi kamere bw’umubiri: Ububasha umubiri ufite mu 
    kurwanya indwara wo ubwawo.
    Ubusugire bw’igihugu: umutekano, imiyoborere itavangiwe n’ibindi 
    bihugu.
    Ubuziranenge: Ukuba nta ibintu nta bwandu bifite ari bizima nta we 
    byagirira nabi 
    Ubuziranenge: Ukuba nta ibintu nta bwandu bifite ari bizima nta we 
    byagirira nabi
    Ubwenegihugu: Uburenganzira umuntu aba afite ku gihugu kimwemera 
    nk’umuturage wacyo. 
    Ukuri guca mu ziko ntugushye: Ukuri kunyura mu bintu bikomeye 
    ariko kukageraho kukakirwa; ukuri ntushobora kugupfukirana, ukuri 
    kuratsinda. 
    Umucakara:Umugaragu, umuntu ukoreshwa imirimo y’agahato kandi 
    adahembwa.
    Umudendezo : Amahoro asesuye.
    Umugenga:Umuyobozi.
    Umurunga: Umugozi ukomeye wo guhambiriza. 
    Umuryango w’Abibumbye: Ni umuryango ubumbye ibihugu bifite 
    ubwigenge kandi bikemererwa kuwinjiramo.
    Umuzigo: Umutwaro uremereye.
    Umwangavu: Umukobwa utangiye gupfundura amabere.
    Umwishingizi: umuntu washyizweho ngo ahagararire umwana 

    watakaje ababyeyi mu gihe ataragira imyaka y’ubukure.

    Urugerero: Ingando, cyangwa itorero abasore n’abagabo bajyagamo 
    ibwami cyangwa mu rugo rw’umutware, bakahitoreza kurengera 
    igihugu kandi bagakorera umutware imirimo itandukanye.
    Uruhare: Umwanya umuntu agenera ikintu, icyo agomba kugikoraho.
    Urujijo: Ikintu kidasobanutse, kitumvikana neza.
    Urwikekwe: Amakenga.
    Urwuri: Ahantu hari ubwatsi bwinshi kandi bwiza inka zirisha. 
    Uwanga amazimwe abandwa habona: Utifuza ko hagira 
    ukwirakwiza ibinyoma ku byo yakoze abishyira ku mugaragaro. 
    Uwububa abonwa n’uhagaze: Ukorera mu bwihisho ibintu ariko 
    bikanga bikagaragara.
    Yaramuhumurije: Yamumaze ubwoba cyangwa igihunga.

    Yumvise bimurenze: Yumvise birenze uko yabyibwiraga

    Ibitabo n’inyandiko byifashishijwe
    - Minisiteri y’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, 1982, Twisomere 3, 
    Igitabo cy’umunyeshuri, umwaka wa gatatu w’amashuri agamije 
    amajyambere y’imyuga, Kigali.
    - Minisiteri y’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, 1988, 
    Ikinyarwanda, gusoma no gusesengura imyandiko V.A, igitabo 
    cy’umunyeshuri, umwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, Kigali.
    - Murihano, B., 2005. Ibirari by’Insigamigani. Printer Set.
    - Bigirumwami, A., 2004. Imigani Migufi, Ibisakuzo, 
     Inshamarenga. 2ème Ed. Diyosezi De Nyundo.
    - Minisiteri y’ubuzima, (2000), Ibibazo urubyiruko rwibaza ku cyorezo cya 
    Sida.

    - Ubuyobozi bw’Integanyanyigisho z’Amashuri Yisumbuye, Izina na 
    ntera, Igitabo cy’umunyeshuri, Ukwakira 1988.

    - Rugema Aloys, Rwemerikije: Ibuye si umugati, Book, 1989, Kigali.



    

    good

    5 Kwimakaza imiyoborere myizaTopic 7