• 2 Ibidukikije

    2.1. Twakoze urugendo shuri dusura imigezi, 

    inzuzi n’ibiyaga by’u Rwanda

    good

    Tugitangira umwaka wa gatandatu, umwarimu wacu yadusezeranyije 
    ko nitwitwara neza mu gihembwe cya mbere, bazaduhemba kujya mu 
    rugendo shuri rwo gusura ibiyaga, imigezi n’inzuzi by’u Rwanda. Ibyo 
    bintu byiza rero ntibyari kuducika. Abanyeshuri bose twigana twafashe 
    umugambi wo kwitwara neza, dutangira gufatanya mu mikoro n’imirimo 
    y’ishuri. Abatarumvaga neza amasomo amwe n’amwe twarabafashije, 
    dutangira gutangwaho urugero mu kigo cyose. Umwarimu wacu rero 
    na we yakomeje isezerano, abibwira umuyobozi w’ikigo cyacu, maze 
    turangije gukora ibizamini, umunsi twari tumaze igihembwe dutegereje 
    uba urageze. Twahagurutse i Muhanga saa mbiri za mu gitondo, 
    tubanza gusura uruzi rwa Nyabarongo, ndetse abari bitwaje ibyuma 

    bifotora bararufotora.

    good

    Twayigezeho turahagarara, tuva mu modoka, twitegereza ikiraro 
    gihuza Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali. Nuko turangije mwarimu 
    atubwira imiterere ya Nyabarongo agira ati: “Iyi Nyabarongo mubona 
    rero ni rwo ruzi runini kandi rurerure runyura hagati mu Gihugu cyacu. 
    Rwambukiranya u Rwanda, ruhereye mu majyaruguru kuko rufite isoko 
    ya Mukungwa ituruka mu biyaga bya Burera na Ruhondo mu Ntara 
    y’Amajyaruguru. Rugenda rusakuma imigezi mito yose, rukanyura mu 
    magepfo rugafata Akanyaru, maze rwagera ku mupaka wa Tanzaniya 
    rukabyara Akagera turi bugereho uyu munsi mbere yo gutaha.”

    Ubwo tuvuye ku ruzi rwa Nyabarongo, twambutse ikiraro twinjira mu 

    Mujyi wa Kigali dukomeza twerekeza ku Kiyaga cya Muhazi. 

    good

    Ikiyaga cya Muhazi cyo rero giteye amabengeza kandi ni kirekire kurusha 
    uko ari kigari. Kiri hagati y’Uturere twa Gasabo na Gicumbi, Gatsibo 
    na Rwamagana ndetse kigakomeza kikagera ku Karere ka Kayonza. 
    Gikikijwe n’ahantu hatandukanye ho kuruhukira ndetse n’amahoteri. 
    Ku nkengero zacyo hamwe usanga hari urufunzo, ahandi imigano, 
    ndetse n’ibindi biti bitari birebire. Gifite amazi meza y’urubogabogo 
    kuko imisozi igikikije yose yashyizweho amaterasi arwanya isuri. Si 
    kigari ku buryo iyo uri hakuno ubona inkombe yacyo yo hakurya neza. 

    Twamaze kuruhukira ku Rwesero tugenda iruhande rw’icyo kiyaga 
    cyose, turinda tugera i Kayonza nuko twinjira muri Pariki y’Akagera. 
    Aho muri pariki twasuye ikiyaga k’Ihema cyubatseho na Hoteri Ihema, 
    dusura ikiyaga cya Nasho, Rwehikama na Rwampaga, dusoza urugendo 
    rwacu dusura uruzi rw’Akagera rugabanya u Rwanda na Tanzaniya.

    Ubwo twaracumbitse, bukeye bwaho tumanuka iya Bugesera, dusura 
    ibiyaga bya Cyohoha na Rweru. Urugendo twarushoreje ku Kanyaru, 
    duhindukira dusubira i Muhanga.

    Ubwo rero umwarimu wacu yadusezeranyije ko ubutaha nidukomeza 
    kwitwara neza, tuzasura ibiyaga n’inzuzi biri mu Ntara y’Amajyepfo, 
    iy’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru. Tuzahera kuri Mwogo, dusure 

    Rusizi isohoka mu Kiyaga cya Kivu, tugende inkengero z’icyo kiyaga 

    I. Inyunguramagambo
           a) Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe mu 
             mwandiko.

     1. Urugendo shuri 6. Inkengero
     2. Gufata umugambi 7. Inkombe
     3. Gusakuma 8. Ibirwa
     4. Ikintu giteye amabengeza

     5. Amazi meza y’urubogobogo

    b) Umwitozo w’inyunguramagambo
     Koresha aya magambo mu nteruro yawe bwite ukurikije 
    ibisobanuro byayo mu mwandiko:
     1. Urugendo shuri 3. Gusakuma
     2. Guhuza umugambi 4. Amazi y’urubogobogo
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
          Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
         yanyu bwite.

     1. Akamaro k’ibiyaga n’inzuzi ni akahe?
     2. Andika nibura ahantu hane basuye.
     3. Urugendo shuri mwumva rumaze iki?
     4. Ni ibihe biyaga bivugwa muri uyu mwandiko? Biherereye hehe?
     5. Umwarimu yabasezeranyije iki?
     6. Mushatse gukora urugendo shuri ku ishuri ryanyu mwumva 
    mwasura iki

    III. Gusesengura umwandiko

    Subiza ibi bibazo bikurikira:
     1. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?
     2. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko ?

    IV. Kungurana ibitekerezo

    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:
     Ni akahe kamaro k’imigezi, ibiyaga n’inzuzi?
    2.2. Ikinyazina nyamubaro

    Nimusome aka gace k’umwandiko maze mutahure imiterere
     
    n’umumaro by’amagambo aciyeho akarongo.
    Uko dukwiye gukoresha igihe cyacu

    Kugira ngo dutere imbere tugomba gukora kandi ibyo dukora byose 
    tukabikora vuba. Dore dufite icyumweru k’iminsi irindwi. Jya rero 
    ugabanya akazi kawe mu gihe maze uvuge uti: “Ibi nzabikora mu munsi 
    umwe. Ibi nzaba nabigezeho mu minsi ibiri, biriya nzabirangiza mu 
    minsi itatu. Dore ibyo nzakora mu minsi ine, naho biriya nzabikora 
    mu minsi itanu, itandatu, cyangwa irindwi.” Hari n’ibyo ushobora 
    gukora mu minsi irenze iy’icyumweru nk’ibyo wakora bikarangira mu 
    minsi umunani, ikenda, cumi n’ibiri…

    Ibibazo byo gusubiza:

    1. Amagambo aciyeho akarongo asobanura iki?
    2. Afite uwuhe mumaro ku mazina aherekeje?
    3. Muhereye ku miterere n’umumaro wayo mwayita iki?
    4. Muhereye ku buryo yisanisha n’amazina aherekeje, mubona guhera 
    ku “umunani” gusubiza hejuru yisanisha kimwe no kuva kuri rimwe 
    kugera kuri karindwi? 

    Inshoza y’ikinyazina nyamubaro

    Ikinyazina nyamubaro ni ikinyazina kivuga umubare w’ibintu birangwa 
    n’amazina giherekeje. Kigizwe n’imibare kuva kuri rimwe kugera kuri 
    karindwi kuko ari yo yisanisha mu nteko zitandukanye. Naho guhera ku 
    “umunani” gusubiza hejuru si ibinyazina ahubwo ni amazina (amazina 
    nyamubaro) kuko atisanisha n’andi mazina aherekeje.
    Tuvuga: Abantu umunani, inka umunani, ibiti umunani, abantu ikenda, 
    amashuri ikenda ....

    Imiterere y’ikinyazina nyamubaro

    Ikinyazina nyamubaro kigira ibicumbi: -mwe, -biri, -tatu, -ne, -tanu, 
    -tandatu, -rindwi, kandi kikisanisha mu nteko zose.
    Urugero
    1. Ishuri rimwe
    2. Abana bane

    3. Inka zirindwi

    Imbonerahamwe y’ibinyazina nyamubaro

    good

    Imyitozo:

          Musubize ibi bibazo bikurikira:

     1. Tanga ingero z’interuro ebyiri zirimo ikinyazina nyamubaro. 
     2. Erekana ibinyazina nyamubaro muri izi nteruro:
     – Kamana yakoye umugore we inka umunani: eshatu muri zo 
        ni inyarwanda izindi eshanu zisigaye zikaba inzungu. 
     – Umwana we wa kabiri afite imyaka irindwi. 
     – Abanyeshuri makumyabiri na bane ni bo bashoboye gutsinda, 
         batandatu baratsinzwe.

    2.3. Inyamaswa zo muri pariki

    Abanyeshuri twigana mu mwaka wa gatandatu tuyobowe n’umwarimu 
    wacu mu mpera z’icyumweru gishize twasuye icyanya cy’Akagera 
    n’ingagi mu birunga.
    Ku wa Gatandatu, twazindutse mu nkoko duhurira ku Murindi wa Kigali 
    twerekeza mu Kagera. Mu cyanya cy’Akagera, twakiriwe n’ushinzwe 
    kuyobora ba mukerarugendo adutembereza ishyamba ryose, maze 
    tugenda twihera ijisho ibyiza bitatse u Rwanda. Twabonye ibintu 
    byinshi bishimishije nk’imirambi myiza ibereye ijisho n’amataba atagira 
    uko asa ahegereye i Gabiro. Twabonye imigunga n’imigenge, ndetse 
    n’iminyinya bifatanye urunana nk’abantu basabana. Twabonye imikoma 
    n’imikoyoyo, imyiha n’imikenke n’ibindi biti by’inganzamarumbo.
    Icyo cyanya kandi gituwe n’inyamaswa zitabarika. 
    Mu nyamaswa z’amajanja twabonye intare, ingwe, urusamagwe, impyisi 
    n’imbwebwe.

    good

    Mu nyamaswa zirisha twabonye amashyo y’imbogo, twiga izisumba 
    zose, impara n’imparage, inyemera n’izindi. 
    good
    good

    Mu ziba mu mazi, twabonye imvubu zireremba mu biyaga biharaze 

    ishyamba ry’Akagera ndetse n’ingona zogagira mu ruzi rw’Akagera. 

    good

    Inzovu twazisanze ku nkombe y’ikiyaga Ihema zirimo zirisha zishagawe 

    n’ibyana byazo.

    good

    Ibyiza twabonye mu cyanya cy’Akagera ntitwabivuga ngo tubirangize, 
    bwakwira bugacya; bisaba kwigirayo ukihera ijisho umutungo kamere 

    wacu wahuruje amahanga.

    I. Inyunguramagambo
    a) Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe mu 
    mwandiko:
     1. Icyanya 3. Umurambi
     2. Zishagawe 4. Itaba
    b) Umwitozo w’inyunguramagambo

     Koresha aya magambo mu nteruro yawe bwite ukurikije 
    ibisobanuro byayo mu mwandiko
    .

     1. Kuzinduka mu nkoko
     2. Kwihera ijisho
     3. Gufatana urunana

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.

     1. Ni ba nde bavugwa muri uyu mwandiko? 
     2. Ni hehe basuye? Babonyeyo iki?
     3. Ni izihe nyamaswa babonye ukurikije aho ziba?
     4. Usibye inyamaswa ni ibihe bindi bidukikije babonye?

    III. Gusesengura umwandiko


    Subiza ibi bibazo bikurikira:

     1. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?
     2. Ni iki wungukiye kuri uyu mwandiko? 

    IV. Kungurana ibitekerezo

    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:

    Muhereye ku bivugwa muri uyu mwandiko, nimutange ibitekerezo byanyu 
    mugaragaza akamaro ka za pariki. Ese musanga igihe ubutaka bwo 
    guhinga n’ubwo guturaho ari buto, ari ngombwa ko hagumaho ibyanya 

    bigenewe inyamaswa ndetse n’amashyamba? Kubera iki?

    2.4. Utabusya abwita ubumera

    Nimusome iyi nsigamigani maze mugerageze gutahura 

    ibisobanuro by’imvugo zidasanzwe zakoreshejwemo. good

    Iyi mvugo bayikoresha iyo babonye umuntu wese umara gushira impumu 
    akiyibagiza amagorwa azahutsemo, ahubwo agatsikamiza agahato 
    abo bahoze bayasangiye; ni bwo bavuga bati: “Koko utabusya abwita 
    ubumera!” Wakomotse kuri Karake ka Rugara w’i Bumbogo bwa Huro 
    (ubu ni mu Karere ka Rulindo); ahasaga umwaka wa 1600.

    Guhera ku ngoma za kera kugeza kuri Kigeri Rwabugiri, habagaho 
    abanyamuhango b’umuganura, bagatura i Bumbogo; ndetse bakaba 
    ari na bo batware babwo bwose. Inteko yabo yari ku musozi witwa 
    Huro. Bukeye umutsobe Nyamwasa wari umugenga w’abasyi icyo 
    gihe, asaba umukobwa wo mu ngabo za Mibambwe Gisanura yise 
    “Abambogo b’umuganura”. Abakobwa babo ni bo basyaga umutsima 
    w’umuganura nyine. Uwo mukobwa yitwaga Karake akaba mwene 
    Rugara w’Umusegenge. Agasyana n’abandi bakobwa b’urungano. 

    Ni na ho Nyamwasa yamuboneye aramushima aramusaba. Amaze 
    kumurongora, Karake aranezerwa, kuko noneho aho gusya agiye kujya 
    ahagarikira abasyi. Ahimbazwa n’ubutwarekazi; abakobwa baje gusya 
    akabahagarikirana urutoto, abisyigingiza yitotomba ngo barizenutsa 
    ntibasyana umwete.

    Abo bakobwa babyirukanye bakamubwira bamwenyura, bati: “Mbese 
    ntuzi ko uburo bukomera?” Karake akabasubizanya izenezene, ati: 
    “Ubu na bwo ni uburo si ubumera?”(ntiburuhije). Abakobwa bagatinya 
    kumuseka ngo bitabakorera ishyano; bagasekera mu bipfunsi. Bibaho 
    bityo. Bukeye Karake yubura ingeso yo gusinda. Nyamwasa yaza 
    agasanganirwa n’umugono, agasanga umugore yasinziriye uburiri 
    ari ibirutsi gusa. Karake si ugusinda arasayisha! Bituma umugabo 
    amwanga aramuzinukwa, aramusenda asubira iwabo. Rubanda bari 
    bazi ubukundwakare bwe baratangara.

    Hashize iminsi, igihe cy’umuganura w’ibwami kiragera. Bakoranya 
    Abambogo b’umuganura bose ngo baze gusya kwa Nyamwasa. Ubwo 
    Rugara se wa Karake yari afite umugore w’umukecuru, kandi nta 
    n’umukobwa wundi afite wo kumucungura. Biramushobera ati: “Ibi 
    mbigenze nte, ko nta wundi mwana mfite; kandi ko kohereza Karake 
    kwa Nyamwasa ngo asyane n’abo yahoze ahagarikiye byamutera 
    ipfunwe ribi?” Abandi b’amacuti ye bati: “Nutamwohereza bizakugwa 
    nabi!”Abuze uko abikika apfa kumwoheraza ajya mu basyi, ati: “ Jya 
    gusya uburo bw’ibwami nta kundi twabikika!”

    Karake arashoberwa ariko aremera apfa kugenda, agenda aseta inzira 
    ibirenge. Ageze kwa Nyamwasa abakobwa baranzika barasya, Karake 
    abajyamo afata urusyo rwe. Agize ngo arapfukama biramutonda. 
    Agize ngo arasya biramunanira, kuko yari amaze guhuga hashize 
    igihe kinini ari mu mukiro. Noneho ba bakobwa baramwubahuka 
    baramuseka baramukwena, mbese baramukwenura bamuhinyura; bati: 
    “Erega nyabusa shikama usye vuba, dore ubwo si uburo ni ubumera!” 
    Bamucyurira ko igihe yakinaga n’umurengwe, yari yarirengagije ko 
    gusya uburo ari impingane.

    Nuko mu mataha, abakobwa batahana Karake bamuhinyura, ijambo 
    riba gikwira i Bumbogo risakara u Rwanda riba umugani. Bawinjiza mu 
    yindi yigisha kudakora iki cyangwa kiriya. Kuva ubwo rero umuntu wese 
    umaze gushira impumu, akirengagiza amagorwa azahutsemo, ntacire 
    abo bari bayasangiye akari urutega, bakamuciraho uwo mugani bagira 
    bati: “Utabusya abwita ubumera!” Baba bamugereranya na Karake 
    wirengagije ko gusya uburo ari impingane.

    Byakuwe: MINISITERI Y’URUBYIRUKO, UMUCO NA SIPORO, Ibirari 
    by’Insigamigani, Icapiro ry’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda, Igitabo cya kabiri, Icapiro rya 

    3, Printer set, 2005.

    I. Inyunguramagambo

    a) Mwongere musome uyu mwandiko maze mushakemo 
    amagambo afite ibisobanuro bikurikira:


     1. Azahutse mu magorwa 6. Ipfunwe

     2. Inteko 7. Impingane
     3. Barizenutsa 8. Bamuhinyura
     4. Si ugusinda arasayisha 9. Izenezene
     5. Aramusenda 10. Urutoto

    b) Umwitozo w’inyunguramagambo
     Koresha aya magambo mu nteruro:
     1. Ipfunwe,
     2. Aramusenda. 

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.

     1. Mu mwandiko bavuga ko umuganura bawiteguraga bate?
     2. Iyi mvugo “Utabusya abwita ubumera” yakomotse kuri nde? 
     3. Ni ukubera iki abakobwa babyirukanye na Karake 
           bamubwiraga bati: “Ntuzi se ko uburo bukomera”?
     4.  Ese iyi myitwarire ya Karake urayishima? Sobanura. 
     5.  Ni iyihe nama wagira abantu bitwara nka Karake, 
           bagasuzugura abandi kubera ko babasumbya ubushobozi? 
     6.  Ni ayahe masomo y’ingenzi twakura muri iyi nsigamigani? 

    III. Gutahura imvugo zidasanzwe

    a) Tahura imvugo zidasanzwe ziri muri izi nteruro zavuye 
    mu mwandiko ugerageze no kuzisobanura:
     1. Ntacire akari urutega abo bari bayasangiye.
     2. Agenda aseta inzira ibirenge.
     3. Bagasekera mu bipfunsi.

    b) Izo mvugo wazita ngo iki?

    2.5. Inshoberamahanga

    Inshoza n’uturango by’inshoberamahanga

    nshoberamahanga ni imvugo y’ubuhanga, ifite igisobanuro akenshi 
    gishingiye ku muco, cyangwa ku igereranya, bityo ntiyumvikane neza 
    ku batari abenerurimi.
    Akenshi iba igizwe n’amagambo abiri cyangwa atatu. Si interuro yuzuye 
    nk’imigani y’imigenurano.
    Ingero:
    – Guca ku nda: Kunywana.
    – Guca ruhinganyuma: Kwihisha umuntu ukajya gukora ikintu 
    kimubangamiye.
    – Guca ikibungo: Kubanza guca hirya no hino mbere yo kurasa 
        ku ngingo, kuzigura.
    – Guca ibiti n’amabuye: Kuzana inkubiri uhitana ibyo uhuye na 
         byo mu nzira.
    – Guca amano: Gusitara bikabije.
    – Gutera isekuru: Gucumbagira.
    – Gutera inogo: Gutamira byinshi mu gihe cyo kurya 
        wungikanya.
    – Gutera ububyara: Gukinisha umuntu mu magambo.
        Inshoberamahanga igira umumaro wo gukarishya imvugo no 
        kugaragaza ubuhanga mu rurimi. Nta nyigisho iba ibumbatiye 

         nk’imigani migufi.

    Imyitozo:

    1. Shaka nibura inshoberamahanga icumi kandi utange 
    n’ibisobanuro byazo. 
    2. Uzurisha inshoberamahanga ubona zikwiriye 
     – Dore Kamana ....................................... kubera ko yavunitse.
     – Kuki ushaka ......................................., mbwira udatinze.
     – Yamuteye ....................................... amuvumbura mu bandi. 

    2.6.Twasuye Pariki y’Akagera
    good
    Umwaka ushize ubwo twarangizaga umwaka wa gatanu, twasuye 
    Pariki y’Akagera tugamije kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda. Twari 
    tumaze umwaka dukusanya amafaranga tubifashijwemo n’umwarimu 
    wacu kuko buri wese yari gukenera nibura ibihumbi birindwi, harimo 
    amafaranga yo kwishyura ubuyobozi bwa pariki hamwe n’ayo 
    kudutunga uwo munsi wose. 

    Uwo munsi rero twazindutse mu museke tugera ku ishuri ryacu kare, 
    maze saa moya za mu gitondo tuba duhagurutse ku kigo cyacu. Ubwo 
    twanyuze i Kigali tureba uwo mugi dore ko hari n’abatari bakawugezemo 

    bagendaga batangarira inzu ndende z’amagorofa, imihanda inyura 
    hejuru y’iyindi n’imodoka z’uruvunganzoka ukaba wagira ngo buri 
    muntu utuye mu Mujyi wa Kigali afitemo iye.
    Twasohotse mu mugi tunyura i Rwamagana, dukomeza iya Kayonza 
    maze mu mwanya tuba twinjiye muri Pariki. Abashinzwe kurinda pariki 
    baduhaye abatuyobora bakagenda batwereka inyamaswa zitandukanye 
    ari na ko badusobanurira. 

    Inyamaswa twabanje kubona ni impara n’imparage. 

    good

    Ziba zirisha mu mukenke ahantu hatari ibiti byinshi kandi ntizibona 
    abantu ngo zihunge. Twarazegereye turazitegereza na zo ziratureba 
    tukabona ari byiza. 
    Ubwo twigiraga imbere gato, twabonye ishyo ry’imbogo tukabona zisa 

    nk’inka z’isine. 

    good

    Uwari ushinzwe kutuyobora yatubujije kuva mu modoka kuko imbogo 
    ari inyamaswa zigira amahane. Ushatse kuzegera zakwica kuko zicisha 
    amahembe yazo. Twazirebeye kure tutavuye mu modoka, ariko ubwo 
    natwe twari twagize ubwoba.
    Ubwo twarakomeje tubona inzovu, tubona imvubu ziri mu mazi, tubona 

    na Twiga bita Gasumbashyamba zigira ijosi rirerire.

    good

    Si inyamaswa gusa twabonye ahubwo twabonye udusozi twiza turiho 
    ingara z’iminyinya n’ibyatsi by’umukenke utera utwo dusozi amabengeza. 
    Twasuye kandi ibiyaga bitandukanye bimwe twiga mu masomo 
    y’ibidukikije, twe twabibonye n’amaso. 

    Gutembera ukabona ibyiza bitatse isi yacu nta ko bisa. Bituma umuntu 
    yihera amaso ibyiza bitatse isi, kandi birajijura. Ba mukerarugendo 
    babona ibintu byiza byinshi. Natwe ubu twiyemeje ko tuzajya tuzigama 
    amafaranga buhorobuhoro, maze tukazasura n’ahandi hantu hari 

    ibyiza bitatse u Rwanda ndetse tukazajya no mu bihugu bidukikije. 

    I. Inyunguramagambo

    a) Mwongere musome uyu mwandiko maze mushakemo 
    amagambo afite ibisobanuro bikurikira:

     1. Amagorofa                                                4. Uruvunganzoka
     2. Mu museke                                                5. Umukerarugendo
     3. Ishyo                                                             6. Ingara z’iminyinya

    b) Imyitozo y’inyunguramagambo

     Koresha aya magambo mu nteruro ziboneye wihimbiye

     1. Mu museke               2. Ishyo                              3. Uruvunganzoka

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 

    yanyu bwite.
     1. Abanyeshuri bateguye urugendo rwabo bate? 
     2. Ni ibiki babonye mu Mujyi wa Kigali?
     3. Mu gusura Pariki y’Akagera bari bagamije iki? 
     4. Ni izihe nyamaswa babonye muri Pariki y’Akagera? 
     5. Kuki uwari ushinzwe kubayobora yababujije kuva mu modoka? 
     6. Ni ibiki bindi babonye bitari inyamaswa?
     7. Mwumva urugendo nk’uru rwo gusura ibyiza bitatse u Rwanda 

    bimariye iki abanyeshuri?

    III. Gusesengura umwandiko

    Subiza ibi bibazo bikurikira:
     1. Tahura ingingo z’ingenzi ziri mu mwandiko.
     2. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?
     3. Umaze gusoma uyu mwandiko ni izihe ngamba wafata kugira 
    ngo nawe uzabashe kwirebera ibyiza bitatse u Rwanda aho 

    kubibarirwa? 

    IV. Gukina bigana
    Mu matsinda muhimbe agakino kagaragaza uko gahunda y’abanyeshuri 
    yo gusura ibyiza bitatse u Rwanda muri Pariki y’Akagera cyangwa 
    iy’Ibirunga yagenze kuva bategura urugendo kugera rurangiye. Mu 
    bakinankuru harimo abanyeshuri bari gutegura gahunda y’uko bazakora 
    urugendo, bafashe ikemezo cyo kuyigeza ku mwarimu. Umwarimu 
    arabashyigikira na we abafashe kurutegura ndetse no kuvugana 
    n’ubuyobozi bwa pariki. Hari kandi ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo 

    ugenda abasobanurira ibyo babona ku munsi w’urugendo.

    2.7. Itondaguranshinga: imbundo
    Soma aka gace k’umwandiko maze utahure imiterere 
    n’umumaro by’amagambo yanditse atsindagiye. 
    Kwiga ni ukwigana
    Mu buzima dukenera kwiga no kumenya byinshi kugira ngo dukore 
    ibidufitiye akamaro kandi tubeho neza. Kwiga rero si ukujya mu ishuri 
    imbere y’umwarimu gusa. Mu ishuri tuhakura ubushobozi bwo gushobora 
    gusoma no kwandika ndetse no gusesengura ibyo abanyabwenge 
    banditse mu bitabo. Nyamara hari ibintu byinshi dushobora kwigishwa 
    n’ababyeyi bacu n’abandi bantu duhura na bo. 

    Gutembera rero bituma duhura n’abantu benshi ndetse tukabona 
    ibintu bitandukanye kandi ibyo duhura na byo byose biratwigisha. Ibyo 
    duhuye na byo byose, byaba ibibi cyangwa ibyiza biratwigisha. Ni yo 
    mpamvu bavuga ngo “kugenda cyane bitera kubona.”

    Banyeshuri rero muge mwumva ko uko mukoze urugendo shuri, 
    uko mutembereye, muge mwumva ko hari icyo mugomba kuhigira. 
    Umuntu wese muhuye na we muge mumwigiraho, ikibi mumubonaho 
    mwe mukirinde, ikiza mumubonaho mukigane. Kwiga ni ukwigana. 

    Ibibazo byo gusubiza:

    1. Amagambo yanditse atsindagiye mubona avuga iki?
    2. Atangirwa n’izihe ngombajwi?
    3. Ubona afite iyihe mimaro mu nteruro arimo?
    4. Ukurikije icyo ariya magambo avuga n’imimaro yayo mu nteruro 

    wayita iki?

    Inshoza n’uturango by’inshinga iri mu mbundo

    Imbundo ni inshinga idatondaguye. Imbundo ivuga igikorwa, imimerere 
    cyangwa imico bidafite uwo bicirwa. Ni uburyo bw’inshinga butagira 
    umwihariko ku byerekeye imyifatire y’uvuga ku cyo ashaka kumenyesha 
    ubwirwa. Ukora igikorwa ntaba agaragara. Imbundo ni inshinga 
    idatondaguye. Itangirwa buri gihe n’ingombajwi «k» ikurikiwe n’inyajwi 
    «u». Iyo ngombajwi «k» ishobora guhinduka «g» mu nshinga zimwe na 
    zimwe. 
    Ingero: Kuvuga, guteka, kubabara…
    Imbundo ishobora kwitwara nk'izina:
     Iyo yitwaye nk’izina ifata indomo maze ikagira umumaro nk’uw’izina. 
    Iryo zina ribarirwa mu nteko ya 15 y’amasano kimwe n’andi mazina 

    nka: ukuboko, ukwezi, ukuguru,…

    Ingero:

    Ukugenda kwe kwaratubabaje kuko yadusize twenyine.
    Ugusaba imbabazi kwe kwakiriwe neza maze habaho kwiyunga.
     Imbundo kandi yitwara nk'inshinga itondaguye
     Iyo imbundo yitwaye nk’inshinga itondaguye, ntigira indomo. Ishobora 
     kugira ibyuzuzo biyitaruye cyangwa biyihagitsemo ndetse ikaba yagira 
     indango yemeza cyangwa ihakana. Ishobora nanone kuvugirwamo 
     ibizaba cyangwa ibitazaba no kongerwaho ingereka zinyuranye.
    – Inshinga iri mu mbundo ni inshinga idatondaguye iguma mu nteko 
     ya 15. 
     Urugero: Kugenda (nt 15)
    – Inshinga iri mu mbundo ishobora kugira icyuzuzo kiyitaruye cyangwa 
     kiyihagitsemo.
     Urugero: Guhinga umurima o Kuwuhinga.
    – Inshinga iri mu mbundo ishobora gukoreshwamo impakanyi “ta”.
     Ingero: 
    1. Guteka o kudateka 
    2. Kwigao kutiga 

    – Inshinga iri mu mbundo igira indagihe n’inzagihe. 

    good

    Imyitozo:
    1. Tahura imbundo ziri muri uyu mwandiko.
    Kubaka si ugusenya ni ukugereka ibuye ku rindi.
    Kubaka ni ukuzamura inkuta z’inzu ukayisakara, ukayitunganya kugira 
    ngo ishobore guturwamo.

    Icyo gikorwa ntikiba cyoroshye na gato kuko kigomba gusiza ikibanza, 
    kuzamura inkuta, gushyiraho amakumbo, no gusakara. Kubikora bisaba 
    ingufu n’ubwenge, ndetse n’igihe kuko ntibishobora gukorwa mu munsi 
    umwe. 

    Gusenya byo ni uguhirika ibyubatswe. Ntibisaba ubuhanga ubwo 
    ari bwo bwose. Kubikora biroroshye ariko ni bibi, kuko gusenya ni 
    ukwangiza. Iyo usenye ikintu icyo ari cyo cyose kongera kucyubaka 
    birakuvuna. 

    Iyi mvugo rero ishaka kuvuga ko kubaka bivuna nyamara gusenya 
    bikoroha. Nyamara kubaka ni byo byiza gusenya bikaba bibi. Ni imvugo 
    rero idukangurira guharanira kubaka aho gusenya. 

    Nimuharanire kubaka aho gusenya, muharanire gusigasira ibyubatswe 

    aho kubisenya icyo gihe gutera imbere bizaborohera. 

    2. Tanga imbundo ku nshinga zikurikira: 
     – Ariga
     – Aratashye
     – Ntahinga
    3. Shyira mu nzagihe izi mbundo:
     – Kwiga
     – Kudataha
     – Kunguka
    4. Ubaka interuro ebyiri ukoresheje inshinga ziri mu 

    mbundo.

      Mfashe ko:
    – Mu bidukikije mu Rwanda harimo imigezi, ibiyaga, inyamaswa, 
    imisozi, amashyamba…
    – Ikinyazina nyamubaro kivuga umubare w’ibintu kuva kuri rimwe 
     kugeza kuri karindwi.
      Urugero: Mfite ibiti bitanu.
    – Inshoberamahanga ni imvugo ikomeye umuntu utari umwenerurimi 
    adapfa kumva.
     Urugero: Uriya mugabo aragenda atera isekuru bivuga ko agenda 
    acumbagira.
    – Mu itondaguranshinga harimo imbundo.

     Urugero: Ashaka gukora none ndetse no kuzakora.

    2.8. Isuzuma risoza umutwe wa kabiri
    Umwandiko: Kurwanya isuri
    Ubutaka bwacu burushaho kugunduka ku buryo abahinzi bahinga 
    ntibeze nk’uko kera byahoze. Kugunduka k’ubutaka guterwa n’uko 
    amazi y’imvura agenda atwara ubutaka bwiza bworoshye kandi bwera. 
    Haramutse hadafashwe ingamba zo kurinda ubwo butaka, isuri yadusiga 
    iheruheru ntituzongere kweza, amasambu yacu akaba nk’ubutayu. 
    Tugomba kwihatira kurwanya isuri kuko ari yo ituma ubutaka bugunduka 

    ndetse tukihatira no gufumbira dukoresha ifumbire y’imborera n’ifumbire 
    mvaruganda.

    Ni twe dufite inshingano zo gufata neza ubutaka bwacu tuburinda kwangirika 
    kugira ngo buduhe umusaruro dukeneye. Kudakora inshingano zacu 
    ni amakosa kandi bidufiteho ingaruka zikomeye. Kurumbya kubera ko 
    ubutaka bwagundutse, biduhoza mu nzara z’akanda, mu bukene, mu 
    bibazo by’ubushyamirane kubera ko abasangira ubusa bitana ibisambo. 
    Hakwiye rero gufatwa ingamba. Ingamba ya mbere ni uguca imiringoti 
    ahantu hahanamye naho ahadahanamye cyane tukahaca amaterasi 
    y’indinganire. Icya kabiri ni ugutera ibyatsi bifata ubutaka ndetse n’ibiti 
    bituma butagunduka. Icya gatatu ni ugufata neza amazi yose y’imvura 
    ducukura ibyobo hafi y’amazu tukayayoboramo. Ayo mazi ashobora 
    no kwifashishwa mu kuhira imyaka mu gihe k’izuba. Mbese kuki abatuye 
    mu butayu badataka inzara, twe tubona imvura igihe kinini tugahorana 
    ibibazo by’inzara? Ibikorwa byo kubungabunga ubutaka ntibisaba 
    ubuhanga buhambaye cyane. Ahubwo bisaba ubushake, umuhate 
    n’ishyaka bya buri wese. 

    Gucukura imiringoti ni igikorwa cyoroshye gikorwa n’umuntu ku 
    giti ke akurikije uko ahinga isambu ye, akagenda ashyiramo inkingo 
    ziringaniye kandi zingana. Guca amaterasi y’indinganire byo bisaba 
    kwiyambaza inzobere. Ushinzwe ubuhinzi mu kagari cyangwa mu 
    murenge yabidufashamo. Naho ibyo gutera ibyatsi n’ibiti birwanya 
    isuri nta buhanga bisaba. Gucukura ibyobo bifata amazi ni igikorwa 
    cyoroshye cyane kuko dusanzwe twicukurira imisarane, ingarani 
    n’ibindi. 

    Ku misozi ihanamye ho hakwiye guterwa amashyamba na yo adufasha 
    kurwanya isuri. Ni ngombwa gucukuramo imiringoti igabanya 
    umuvuduko w’amazi kandi bigatuma amazi arekamo akoreshwa n’ibiti 
    kuko biba biyakeneye cyane. Isuri rero dukwiye kuyirwanya dushyizeho 
    umwete kuko iri mu bintu byangiza ibidukikije itwara ubutaka, isenya 
    amazu ndetse itaretse n’ubuzima bw’abantu. Kubungabunga ibidukikije 
    ni ubundi buryo bwo kubungabunga ubuzima bwacu.

    I. Inyunguramagambo
     Tanga ibisobanuro by’amagambo akurikira ukurikije uko 
    yakoreshejwe mu mwandiko, unakoreshe buri jambo mu 
    nteruro imwe yumvikanisha neza igisobanuro cyayo.
     1. Kugunduka            4. Inshingano
     2. Ingamba                  5. Inzobere
     3. Ubutayu                   6. Iheruheru
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko:
     1. Mu mwandiko barasobanura ko igunduka ry’ubutaka riterwa 
    n’iki?
     2. Ni izihe ngamba zitangwa mu mwandiko zafasha mu kurwanya 
    isuri?
     3. Ni izihe ngaruka zituruka ku kutita ku bikorwa byo kurwanya 
         isuri?
     4. Ni ibihe bikorwa bivugwa mu mwandiko umuntu ku giti ke 
         yakwikorera mu kurwanya isuri?
     5. Impuguke se zo zafasha gute mu rwego rwo kurwanya isuri 
        yangiza ibidukikije?
     6. Ni ibihe bidukikije isuri ikunda kwangiza?
     7. Ni ibihe bindi isuri yangiza bitavuzwe mu mwandiko?
    III. Ikibonezamvugo
     Erekana ikinyazina nyamubaro muri izi nteruro: 
     – Twahuye turi abantu umunani. Abagabo batatu n’abagore 
         batanu.
     – Umwana wa mbere mu mwaka wa kabiri afite imyaka irindwi. 
     – Abanyeshuri makumyabiri na bane ni bo bashoboye gutsinda, 

        batandatu baratsinzwe.

    IV. Inshoberamahanga: 
     1. Tanga inshoza y’inshoberamahanga. 
     2. Koresha izi nshoberamahanga mu nteruro ziboneye. 
     a) Gukura ubwatsi 
     b) Gutera utwatsi 
     3. Tanga ibisobanuro by’inshoberamahanga zikurikira :
     a) Kurambika inda ku muyaga: 
     b) Gutwita ibiyaga:
     c) Gusera mu birere : 
     d) Kugira umutwe munini: 
     e) Akaboko karekare: 

     4. Huza inshoberamahanga n´ibisobanuro byazo. 

    good

    5. Tanga ingero ebyiri z’interuro aho inshinga 
    yakoreshejwemo nk’izina.
     6. Tanga ingero ebyiri mu nteruro aho imbundo yitwaye 
    nk’inshinga.

    V. Ihangamwandiko
     Hanga umwandiko ku kubungabunga ibidukikije ugaragaza akamaro 

    kabyo n’ingaruka mbi zo kutabyitaho (nturenze amapaji abiri).


    UMUTWE WA 1: UMUCO NYARWANDA3 Ubuzima bw’imyororokere