Umutekano mu mibanire n’abandi n’imbamutima
Umuringa | Feza | Zahabu |
---|
Abarimu bagomba kugira ubumenyi ku bikorwa bishimisha abana ku ishuri kandi bagafasha abana kugira umuhate wo kwiga. Ibyo babikora mu buryo bukurikira: • Gusuhuzanya urugwiro abana mu mazina yabo • Kureka amahitamo y’abana no guha agaciro ibyo bakoze • Mu gihe umwarimu aganira n’abana agomba kwicara aharinganiye n’aho bicaye, ku buryo baganira barebana mu maso. • Kutivuguruza imbere y’abana. • Gukina n’abana no kumva ibitekerezo byabo • Kubaza ibibazo no gushishikariza abana gutanga ibitekerezo, ariko adatandukiriye ngo akure abana mu gikorwa barimo. • Kubwira abana ko ari ibisanzwe kubabara, kurakara, cyangwa kugira agahinda • Kuganira n’abana mu ijwi rituje akoresheje amagambo asanzwe. • Gufata umwanya akagera kuri buri mwana kandi buri munsi. • Kuganira ku byo abana bagezeho n’ibyo bakunda mu buryo bwa gicuti kandi buziguye. • Kwicaza abana mu buryo butababangamiye. • Kwicaza abana mu matsinda kugira ngo bazamure ubufatanye hagati yabo | Ni kimwe no mu Muringa | Ni kimwe no mu Muringa |
Last modified: Tuesday, 8 February 2022, 1:15 PM