Ibikorwa byo kubungabunga umutekano w’abana

UmuringaFezaZahabu
Ibyuma n’ibikoresho bikomeretsa bigomba kubikwa aho abana batageraNi kimwe no mu MuringaNi kimwe no mu Muringa
Ishuri rigomba kugira umucanga n’amazi bikoreshwa igihe habaye inkongi y’umuriroIshuri rigomba kugira ibikoresho byo kurinda inkongi y’umuriro mu rwego rwo kurinda abana, kandi abarimu bagahabwa amahugurwa yo
gukoresha ibyo bikoresho
Ni kimwe no muri Feza
-Ishuri rigomba kugira umurindankubaNi kimwe no muri Feza
Ishuri rigomba kugira amabwiriza agendanye no kwirinda impanuka
n’uburyo bwo guhangana n’ibyihutirwa kandi ayo mabwiriza akamanikwa ahagaragara. Hagomba kandi kugaragara nimero ya terefoni ikoreshwa mu gusaba ubutabazi mu gihe bukenewe.
Ni kimwe no mu MuringaNi kimwe no mu Muringa
Ishuri rigomba kugira amabwiriza agendanye n’imikumire y’ibyorezoNi kimwe no mu MuringaNi kimwe no mu Muringa
Ishuri rigomba kugira amabwiriza n’ibikoresho bigendanye n’uburyo bwo guhangana n’impanuka zikunze kugaragara mu kigoIshuri rigomba kugira agasanduku k’ibikoresho byifashishwa mu butabazi bw’ibanze bikabikwa n’umuntu mukuru aho abana batagera kandi bigahora bisuzumwa byaba ngombwa bigasimbuzwaNi kimwe no muri Feza
Mu gihe abana bakina hanze y’ishuri bagomba kugira umuntu mukuru ubakurikirana. Abana 30 bakurikiranwa n’umntu mukuru umweAbana 30 bagomba gukurikiranwa n’abantu bakuru 2Ni kimwe no muri Feza
Ishuri rigomba kugira ingamba zo kwirinda ibihano bibabaza umubiri no kwirinda guhohotera abana. Izo ngamba zigomba kumenyeshwa abakozi bose b’ikigo n’ababyeyiNi kimwe no mu MuringaNi kimwe no mu Muringa
-Aho barahurira umuriro w’amashanyarazi hagomba kuba
hapfutse mu rwego rwo kurinda abana impanuka z’umuriro w’amashanyarazi. Insinga z’amashanyarazi zigomba kuba zifunitse
Ni kimwe no muri Feza

Last modified: Tuesday, 8 February 2022, 1:14 PM