Ikigwa 4: Isuzuma

Isuzuma ryateguwe rigomba kubaho mu buryo bukomatanya cyangwa  mu buryo buhoraho. Binyuze muri iri suzuma  riteguwe, umurezi  akusanya ibihamya by’uko umwana agenda atera imbere bikagaragazwa n’ubushobozi bugezweho.

Isuzuma rigenzurwa mu bice bitandukanye by’ibikorwa bya buri munsi bigamije gukusanya amakuru ajyanye n’ibyo umwana yagezeho ugereranyije n’ibyo bamwitezeho.

Ku ruhande hari ibigenderwaho , mu isuzuma ry’ubugeni n’umuco mu mwaka wa 1, 2 n’uwa 3.

Abana bagomba kugaragaza ubushobozi bwo:

  • ​​ Guhanga ibintu bitandukanye by’ubugeni mberajisho bakoresheje ibikoresho biboneka aho batuye
  •  Gukoresha ibikoresho byabugenewe mu gushushanya; kwigana no kugaragaza igishushanyo nyacyo
  •  Kubaka ibintu bitandukanye bifashishije ibikoresho biba aho batuye
  •  Kubumbisha ibumba ibintu byoroshye bakoresheje amashusho atandukanye  bakanasobanura ibyo bakoze
  •  Kuvuga ku bikoresho by’ubukorikori bazi n’akamaro kabyo
  •  Kuririmba no kubyina indirimbo zishimishije bamenyereye
  •  Kuvuga no kumenya ibikoresho/ abantu hakurikijwe amajwi yabo atababonye


Last modified: Wednesday, 16 February 2022, 5:34 PM