Ikigwa 3: Isuzuma
Isuzuma ryateguwe rigomba kuba rikomatanya mu mwaka cyangwa mu buryo buhoraho. Muri ubu buryo, umurezi yakwegeranya ibimenyetso byose by’uko umwana yagiye atera intambwe mu myigire ye bigendanye no kugera ku bushobozi bwari bumwitezweho.
Isuzuma rigenzurwa mu bikorwa bitandukanye bya buri munsi bigamije gukusanya amakuru ku bijyanye n’ibyo umwana yagezeho ugereranyije n’ibyari bimwitezweho.
Ariko ubu tuzakenera kongeraho n'ururimi rw'Icyongereza.
- Umwaka wa 1
- Umwaka wa 2
- Umwaka wa 3
- Umwaka wa 1: Icyongereza
- Umwaka wa 2: Icyongereza
- Umwaka wa 3: Icyongereza
Abana bagomba kuba bagaragaza ubushobozi bwo:
Gukora igikorwa bigendanye n’icyo basabwe gukora
Gusubiza ibibazo bijyanye n’indirimbo, inkuru cyangwa umuvugo
Gusubiramo umuvugo mugufi, n’indirimbo
Kuvuga no gusubiriramo abandi ibyo yabonye, yumvishe cyangwa yakoze asobanura ibitekerezo bye ku giti ke
Kwitwara neza mu gihe ari kumva adaciye mu ijambo uri kuvuga
Kumenya amajwi y’ibikoresho bitandukanye batabona barangiza bakabigereranya n’amajwi y’inyamanswa bijya kumera kimwe
Gufata neza igitabo atacyangije, arambura impapuro neza akanavuga ibije kuri paji
Gufata neza ibikoresho byo kwandika, gushushanya umurongo ugaragara ku mirongo igaragara