Skip to main content
  • Welcome to the upgraded REB e-learning. This is not a new platform. It has just been upgraded. You will be able to find your courses and other materials, but only organized differently. For any support, you may call the following number 0788734348

Ikigwa 2: Ababyeyi babigizemo uruhare

Imyaka ya mbere y’ imikurire y’ umwana, abana bayimarana n'ababyeyi, umuryango mugari n’abarezi babo.  Ni iby’agaciro gakomeye  cyane mu kubungabunga ubu busabane n’isano mu myigire yabo  itangirira mu rugo  kugeza ubwo batangiye amashuri yabo . Ingingo zikurikira zerekana uko abarezi n’ ababyeyi mu guteza imbere  imyigishirize ishingiye kw’iterambere rusange ry’Umwana:

  • ​​ Mwarimu yakagombye gusangiza ababyeyi akamaro ko gukurikirana abana babo mu rugo ibyo bigiye ku ishuri  niyo yaba ari abarezi babo babareberera mbere bakabafasha.
  • ​​ Saba ababyeyi kujya bafasha abana imikoro  y’imibare baba bahawe yo gukorera mu rugo niba binashoboka bajye babongera undi mikoro mu rugo yo kugira ngo bafate neza  ibyo bize ku ishuri.
  • ​​ Gutegura umunsi w’amahugurwa y’ababyeyi ku ishuri  mu rwego rwo kwereka ababyeyi akamaro ko kuba abana biga bakina. Basobanurire uko bafasha abana babo kumva neza amasomo yabo bakoresheje ibyo abana bize kunishuri.
  • ​​ Shishikariza ababyeyi kureka abana bajye bakina n’ibintu babasha kubara, gutondeka no kugereranya, bababaza amazina yabyo, amabara y’ibikoresho babona bibegereye n’umubare wibyo babona.
  • ​​ Kangurira ababyeyi kujya bashyira abana babo mu mirimo itandukanye mu rugo nko gusasa, gukoropa, gukubura.Kwibanda   ku nsanganyamatsiko bariho icyo cyumweru mu kubafasha kwiga neza.
  • ​​ Gukangurira ababyeyi kwita ku myigire y’abana babo ubavugisha nk’ umurezi  ukaboherereza ubutumwa ubabaza rimwe na rimwe niba hari impinduka babona mu rugo cyangwa niba hari icyiyongera ku mwana. Abarimu bakwiye guha ababyeyi ibibazo bijyanye n’ikigwa bahawe icyo cyumweru kugira na bo babafashe kumva neza ibyo bigiye ku ishuri.
  • ​​ Gutegura  umunsi ababyeyi basuriraho  abana bari ku  ishuri niyo byaba akanya gato kugira barebe  uko abana baba bameze ku  ishuri. Shimira  umwana niba hari ibintu bishya byiza agenda yiga n’ibyo gushyiramo imbaraga mu shishikarize kubikora.
  • ​​ Kangurira  ababyeyi kujya bakusanya bakabika imiheha, imifuniko y’uducupa, udukombe twavuyemo ibintu  batagikoresha mu rugo. Bakajya bareka abana babikinisha mu mikino itandukanye y’imibare nko kubara, gutondeka no kugereranya.
  • ​​ Saba ababyeyi kugirana n’abana babo akanya banabafasha imikoro yo mu rugo baba babahaye ku ishuri , ababyeyi banasaba mwarimu kujya abaha ibindi bikorwa by’inyongera bakorana n’abana babo kugira ngo bamarane akanya bababwira ku nsanganyamatsiko bari kwigaho mu rwego rwo kuzishimangira.


Last modified: Wednesday, 16 February 2022, 5:23 PM
Table of contents