• 5 Gukorera mu mucyo

    5.1. Kamuhanda na Katabirora

    good

    Habayeho umugabo wari umucuruzi akagenda urugo ku rundi agurisha 
    ibicuruzwa bye. Yari afite abana benshi bikamusaba gukora cyane ngo 
    ashakishe ibibatunga. Abantu bari baramwise Kamuhanda kubera ko 
    yahoraga agenda acuruza. Umunsi umwe, aza kugera mu mugi wari 
    utuyemo umugabo witwaga Katabirora bari barabaye inshuti bakiri 
    bato. Arahacumbika, biba amahire asanga nyiri urugo ari umucuruzi 
    nka we. Nuko barakorana batangira kunguka. Nyamara uwo mugabo 
    yari yarahindutse umunyamahugu mu bucuruzi bwe.

    Igihe kimwe, ubwo bari bageze munsi y’igiti baruhuka, babara 
    amafaranga bari bamaze kunguka, Kamuhanda abonye amaze kugira 
    amafaranga menshi mu mufuka, abwira uwo mugenzi we ati: “Mbikira 
    aya mafaranga.” Barayabara, Katabirora ayajyana mu rugo iwe 
    arayabika. Bakomeza gucuruza. Hashize iminsi, Kamuhanda ashaka 
    gutaha. Niko kubwira mugenzi we ati: “Undebere ya mafaranga yange, 
    ejo ndashaka gutaha.” Katabirora abyumvise atera hejuru ati: “Ugire 
    kuba warabaye mu nzu yange nkugaburira ku mafaranga yange, none 
    aho kunyishyura ngo ninguhe amafaranga utambikije?” Kamuhanda 
    abanza kugira ngo ni imikino. Ni ko kubaza Katabirora ati: “Ubwo 
    se koko urakomeje? Ntiwibuka amafaranga naguhaye ngo umbikire 
    twicaye munsi y’igiti kiri hirya hariya?” Umugabo ati: “Reka da! Ibyo 
    uvuga simbyumva. Wambikije amafaranga wowe?” 

    Kamuhanda abonye bimuyobeye, yitabaza abayobozi. Bateranya 
    abunzi babagezaho ikibazo cyabo. Bagerageje kubaza Katabirora 
    uko byagenze, arahakana aratsemba, yemeza ko Kamuhanda nta 
    mafaranga yamuhaye. Byababaje Kamuhanda cyane. Abunzi ni ko 
    kubaza Kamuhanda bati: “Ese uyamuha nta muntu n’umwe wari uhari 
    cyangwa ngo mube mwarakoranye inyandiko?” Kamuhanda ati: “Nta 
    muntu n’umwe wari uhari. Twari tuvuye gucuruza twicara munsi 
    y’igiti turuhuka. Nuko tubiganiraho nyamubitsa kugira ngo ntazayata 
    cyangwa bakayanyibira mu nzira. Nari mwizeye rwose nk’inshuti kuko 
    twabyirukanye dukundana.”

    Umwe mu bunzi wari usheshe akanguhe arabumva, nuko aramubwira ati: 
    “Ndumva amaherezo urubanza rwawe ruri bugutsinde. Dore ndabona 
    ufite terefone. Genda uge munsi y’icyo giti, uhicare. Nukiyoberwa uraba 
    utsinzwe. Numara kuhagera ukicara uduhamagare maze tukubaze 
    ibibazo. Ubwo mu byo uri bube utubwira turabonamo ukuri cyangwa 
    tuvumburemo ko utubeshya. Hari n’igihe icyo giti kiri bukubere 
    umugabo!” Kamuhanda arahagarara ariyumvira kuko yumvaga ibyo 
    uwo mwunzi avuze bidashoboka, ariko ku bwo kubaha aragenda.

    Amaze gutirimuka aho, wa musaza ukuriye inteko y’abunzi yitarura 
    inteko gato amuhamagara kuri terefoni maze aramubaza ati: “Ndizera 
    ko warangije kugera munsi y’igiti. Wahageze?” Kamuhanda ati: “Oya 
    sindahagera haracyari akanya kugira ngo ngereyo.” Wa musaza 
    aramubwira ati: “Cyo noneho ba uretse ngire icyo mbaza mugenzi 

    wawe.” Ahindukirira Katabirora aramubaza ati: “Ko avuga ngo yageze 

    munsi y’igiti, urumva ari byo?” Katabirora arahakana ati: “Reka da! 
    Sinababwiye ko uriya mugabo ari umubeshyi. Icyo giti kiri kure cyane 
    ntashobora kuba yakigezeho kano kanya.” “None se ko avuze ngo ni igiti 
    cy’umuvumu, kiri hano hafi, na byo ni ukubeshya?” Katabirora noneho 
    yiterera hejuru araseka cyane ati: “Mbega umubeshyi! Ndababwiza 
    ukuri rwose icyo giti ni igiti cya avoka kiri haruguru y’umuhanda.”

    Nuko wa musaza abwira Katabirora ati: “None se ubwo ntiwivuyemo? 
    Nta bandi bagabo dukeneye. Urarwiciriye. Ni gute wamenya icyo giti 
    aho giherereye n’icyo ari cyo? Wakimenye rero kubera ko ari cyo 
    mwari mwicaye munsi Kamuhanda aguha amafaranga.” Katabirora 
    n’uburyarya bwinshi acira amarenga wa musaza ngo barebe uko 
    baheza ayo mafaranga cyanecyane ko ntawabonye Kamuhanda 
    ayamuha, undi amubera ibamba. Ni ko kumucyaha n’umujinya mwinshi 
    agira ati: “Zana amafaranga y’umuvandimwe wawe ureke ubuhemu.” 
    Nuko ahamagara Kamuhanda ati: “Igarukire, urubanza rwarangiye.” 
    Nuko Katabirora ajya mu nzu iwe, avanayo agapfunyika k’amafaranga, 
    agahereza Kamuhanda.

    Kamuhanda ashimira abunzi, ariko cyanecyane ashimira uwo musaza 
    w’inararibonye, wamenye kugamburuza Katabirora akavuga ukuri 
    yashakaga guhisha. Nuko abwira abari aho ati: “Cyo nimushake icyo 
    dusangira maze niyunge n’uyu muvandiwe washatse kundiganya kuko 
    burya “Umuti w’ubutindi ni ukwanga guhemuka!”
    I. Inyunguramagambo
    a) Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe mu 
    mwandiko.

     1. Umunyamahugu                10. Kwivamo
     2. Katabirora,                            11. Kurwicira
     3. Urakomeje?                          12. Inararibonye
     4. Guhakana ugatsemba      13. Kugamburuza
     5. Gusesa akanguhe                14. Kuriganya
     6. Umugabo                                15. Ubutindi
     7. Kwiyumvira                            16. Kubera umuntu ibamba.
     8. Gutirimuka 
     9. Kwitarura

    b) Imyitozo y’inyunguramagambo
     a) Koresha aya magambo mu nteruro yawe bwite:
     1. Kuriganya                            6. Kugamburuza
     2. Kwivamo                              7. Ubutindi
     3. Umunyamahugu             8. Kwitarura
     4. Katabirora                           9. Gutirimuka
     5. Kurwicira                             10. Kwihaniza (umuntu).

     b) Muzi ko mu Kinyarwanda habaho indangagaciro na kirazira. 
    Indangagaciro ni zo twese duharanira kugira, tugaca ukubiri 
    na kirazira. Mumaze gusoma uyu mwandiko, mwuzuze 
    imbonerahamwe ikurikira mugaragaza uwo muzaba we n’uwo 
    mutazaba we muri aba bantu bakurikira: umutindi, imfura, 
    umutekamutwe, umwanzi wa ruswa, indyarya, indahemuka, 
    igisambo, incakura, umushukanyi, inyangamugayo, umwizerwa, 
    umunyakuri, umunyaburiganya, inyaryenge, inziragihemu, 

    Katabirora



    c) Tondeka aya magambo ku buryo ukora interuro zuzuye kandi 
    zifite icyo zisobanura. 
     1) guha-inyangamugayo-umuntu-wange-arebana-utari 
    -amakuru-n’umwirondoro-n’umutungo -Sinakwemerawange.
     2) hasi-abakozi-ubunyangamugayo-Iyo-imisoro buri-bo-kandi 
    -bafatanya-isanduku-kunyereza-ari-n’abacuruzi-ya-bamwe 
    -bakagombye-mu-kuyigeza-Leta.
    II. Ibibazo ku mwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.
     1. Kamuhanda ni muntu ki? 

     2. Kamuhanda ni ryo ryari izina rye? Sobanura.

    c) Tondeka aya magambo ku buryo ukora interuro zuzuye kandi 
    zifite icyo zisobanura. 
     1) guha-inyangamugayo-umuntu-wange-arebana-utari 
    -amakuru-n’umwirondoro-n’umutungo -Sinakwemerawange.
     2) hasi-abakozi-ubunyangamugayo-Iyo-imisoro buri-bo-kandi 
    -bafatanya-isanduku-kunyereza-ari-n’abacuruzi-ya-bamwe 
    -bakagombye-mu-kuyigeza-Leta.
    II. Ibibazo ku mwandiko

    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.

     1. Kamuhanda ni muntu ki? 

     2. Kamuhanda ni ryo ryari izina rye? Sobanura.

    3. Yisunze nde mu kazi ke? Yabitewe n’iki? 
     4. Kuki Kamuhanda yabikije mugenzi we amafaranga? 
     5. Garagaza ko ibyo Kamuhanda yakekaga kuri mugenzi we ntaho 
    byari bihuriye n’ukuri. 
     6. Kamuhanda yitwaye ate mugenzi we amaze guhakana 
    amafaranga yamubikije? 
     7. Abunzi bakoze iki bamaze gushyikirizwa ikirego cya Kamuhanda? 
     8. Kuki umwunzi mukuru yabwiye Kamuhanda ko igiti gishobora 
    kumubera umugabo?
     9. Katabirora yafashwe n’iki? 
     10. Garagaza ko umwunzi mukuru yari inararibonye koko. 
     11. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko? 
    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo bikurikira:

     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa mu mwandiko
     2. Vuga ingingo z’ingenzi ziri mu mwandiko?
    IV. Kungurana ibitekerezo
    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:
     Ni iki ugaya cyangwa ushima umwunzi mukuru, Kamuhanda na 
    Katabirora?

    V. Gukina bigana
    Musome iki kibazo mukine mwigana.

     Muhereye ku mwandiko mumaze gusoma, nimuhimbe agakino 
    mwigana abakinankuru bavugwamo mugamije gushyigikira 
    ubunyangamugayo bw’umwunzi mukuru no kurwanya ubuhemu 
    bwa Katabirora.

    Iyo bavuze ruswa jya wumva kwaka cyangwa kwakira impano, amaturo 
    n’indonke iyo ari yo yose kugira ngo ukore ibiri cyangwa ibitari mu 
    nshingano zawe. Ruswa kandi ni ugukoresha ububasha bwawe kugira 
    ngo utume undi afata ikemezo ku nyungu zawe, cyangwa iz’undi wifuza.

    Mu kwakira impano zituma akoresha nabi ububasha yahawe, umuryi wa 
    ruswa aba agamije kwikungahaza, gukiza abo mu muryango we cyangwa 
    inshuti ze yirengagije akarengane bikurura. Buri gihe utanga ruswa hari 
    uwo avutsa uburenganzira afite cyangwa yemererwa n’amategeko, 
    kimwe n’uko hari uwo arutisha abandi basangiye uburengazira.

    Twibaze ibyangirika igihe umuyobozi runaka, umuganga, umusifuzi 
    w’umupira, umukozi wo mu ruganda cyangwa undi muntu ufite ububasha 
    ubu n’ubu, yakora ikintu cyangwa akagira icyo yirengagiza gukora 
    agamije inyungu ze ku giti ke cyangwa iza mwene wabo, cyangwa kubera 
    ko yabonye impano, amafaranga, n’ibindi.

    Abayobozi bamunzwe na ruswa, barangwa no gukoresha ikenewabo, 

    ikimenyane, maze ugasanga umutungo w’igihugu wihariwe n’abantu 

    bamwe. Muri icyo gihe usanga abandi banyunyuzwa imitsi, bahakirwa 
    uburenganzira bwabo ku gihugu kuko baba barabwambuwe. Aha ni 
    ho usanga umunyeshuri w’umuhanga ari we utsindwa hagatsinda 
    utabikwiye, umucuruzi udatanze ruswa ntiyunguke, umuhinzi akabura 
    ubutaka bwo guhinga kandi hari abafite ibikingi bipfa ubusa, umuganga 
    ntavure abarwayi uko bikwiye kuko nta kantu yakiriye. Ruswa rero ni 
    mbi ku buryo bwose. Isumbanya abantu, ntibagire amahirwe angana, 
    ngo buri wese ashobore gukora no kwiteza imbere akurikije ubushobozi 
    bwe. Ruswa itera ubunebwe, igatuma abantu badakora bashishikaye 
    kuko abadakora babaho neza kurusha abakora. 
    Kubera gutinya ibihano, abayitanga n’abayakira bayivuga kwinshi 
    bajijisha. Usanga bayita bitugukwaha, inyoroshyo, gukanda amaguru, 
    kwica akanyota, ururimi rwa veterineri, umuti w’ikaramu, inzoga 
    y’abagabo, risansi y’imodoka ku muyobozi, agatike, umuhuza, kurya 
    akantu, ubutumwa n’andi. 

    Uburyo bwitabazwa na bwo ni bwinshi. Hari amafaranga, izindi ndonke 
    nk’inka, imirima, amazu... ishimishamubiri rijyana n’ubusambanyi, 
    ubucuti cyangwa ubufatanye bubi hagati y’abafite imyanya runaka, 
    bimwe bya mfasha iki nange nzagufasha kiriya ubutaha, igitinyiro, 
    iterabwoba, ikimenyane, guharabika n’ibindi.

    Ruswa yica indangagaciro zose aho ziva zikagera, ikaba isoko yo 
    kwiyandarika ku bakobwa. Ruswa ntitana n’amacakubiri kuko ikurura 
    inzangano hagati y’abantu kubera ko bamwe batoneshwa abandi 
    bakarenganywa. Ruswa yica ubutabera, ikamunga ukuri, igaha icyuho 
    akarengane n’amahugu. Ruswa ituma igihugu kidatera imbere, kuko 
    ibyiza by’igihugu bitagera ku bantu bose uko bikwiye, hakabaho 
    abigwizaho umutungo, mu gihe abandi bicira isazi mu jisho. 

    Utanga ruswa kimwe n’uyakira bose baba bafite icyaha. Uyitanga aba 
    agamije kubona ibintu bidaciye mu mucyo, ndetse bitamukwiriye. Uyakira 
    na we aba atesheje agaciro akazi ke, kuko aba aciye ukubiri n’inshingano 
    ze. Bombi nta soni bagira kuko bayifata nk’umuco bakaba barangwa 
    no kubura ubunyangamugayo, kubura uburere, gushaka gukira vuba, 
    kudakorera mu mucyo kuko ntawuyitanga cyangwa ngo ayakire ku 
    mugaragaro. Muri make nta kiza cya ruswa.

    Ruswa igira ibibi byinshi k’uyitanga n’uyihabwa. Ese kuyica birashoboka? 

    Nta gishoboka nka byo! Ku bushobozi bwanyu, nimuharanire 
    kuyirwanya mutunga agatoki aho igaragaye. 

    Kuyica nta kundi ni ukurenga ubujiji dusobanukirwa n’ububi bwayo. 
    Abayobozi mu nzego zose n’abaturage muri rusange bashingiye 
    ku ndangagaciro y’ubunyangamugayo batinyuke bange kwaka 
    ruswa no kuyitanga. Abayihabwa bange kuyakira, abaturage 
    bakangurirwe kuyimenya, kuyirinda, kuyirwanya no kuyitangaho 
    amakuru. Amabwiriza agaragaza uko serivisi zitangwa mu nzego zose 
    za Leta ashyirwe ahagaragara kandi asobanure neza ibisabwa n’igihe 
    ubyujuje ahabwa serivisi yifuza. 

    Ingufu nizishyirwe mu kwigisha abaturage kumenya guharanira 
    uburenganzira bwabo, mu kwamagana ruswa, gutunga agatoki aho 
    igaragaye, kongera ubufatanye hagati y’inzego zigenzura n’izirwanya 
    ruswa no guhana by’intangarugero abo igaragayeho. Abaturage twese 
    n’abayobozi duhagurukire rimwe nk’abitsamuye tuyirwanye kandi 
    tuzayitsinda.
    I. Inyunguramagambo

    a) Tahura mu mwandiko amagambo asubiza ibibazo 
    bikurikira

     1. Bampimba utuzina tujijisha ngo noroshya ibibazo kandi iyo bagiye 
    kumfata no kuntanga barihisha. Abanyakuri banyamaganira 
    kure kubera ko munga ubukungu bw’igihugu. Ubwo ndi nde? 
     2. Nta cyo nakumarira utampereje. Uwo mugayo uhabwa nde?
     3. Utari uwange cyangwa uwo ntazi simureba n’irihumye. Iyo 
    nenge indanga ni iyihe?
     4. Aho nageze abantu ntibongera kuvuga rumwe kuko 
    mbasumbanya bamwe mbarutisha abandi. Ni iki munenga?
     5. Mpora ntegereje ko bagira icyo bampa kugira ngo mbakemurire 
    ibibazo. Ubwo mba nkurikiranye iki munenga? 
     6. Abanyishinze bahora bampereza kuko nsa n’ikirondwe ntajya 
    mpaga. Ubwo abo bantu mbakorera iki kigayitse? 

    7. Iby’abandi mbitwara ku mayeri kandi nkabiheza. Wanyamagana 
    unshinja iki?
     8. Aho mba aha nirinda guhemuka nkarya ibyo naruhiye. Ubwo 
    ndangwa n’iki?
     9. Nca mu ziko sinshye. Ubwo ndi iki?
     10. Nta cyo mpisha ibyange byose mbikorera ahabona. Aho nkorera 
    ni he?
    b) Koresha amagambo akurikira mu nteruro zawe bwite 
    ukurikije uko yakoreshejwe mu nteruro.
     1. Indonke                                            7. Ishimishamubiri 
     2. Ruswa                                                8. Amacakubiri
     3. Kuvutsa                                             9. Amahugu 
     4. Ikenewabo                                      10. Icyuho
     5. Impano                                             11. Bombi
     6. Kunyunyuza imitsi                       12. Indangagaciro

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite

     1. Sobanura mu magambo yawe uko wumva ruswa? 
     2. Ni iki gituma abantu barya ruswa? 
     3. Ni gute ruswa ishyigikira akarengane?
     4. Hangirika iki iyo igihugu cyamunzwe na ruswa?
     5. Ububi bwa ruswa bugaragarira he?
     6. Abatanga ruswa babiterwa n’iki? 
     7. Garagaza ko abatanga cyangwa abakira ruswa baba bazi ko 
    ari bibi.
     8. Erekana ko kurwanya ruswa mu Rwanda bishoboka.
     9. Sobanura uburyo kwirinda gutanga ruswa byatuma tugira 
    umuco wo kuzigama.

    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo bikurikira:
     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri uyu mwandiko?
     2. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko?
    IV. Kungurana ibitekerezo ku byavuzwe mu mwandiko
    Mwungurane ibitekerezo ku kibazo gikurikira:

     Ni uwuhe muganda mwatanga mu rugamba rwo guhashya ruswa?

    5.3. Gukorera ku mihigo bituma wiha gahunda


    Ubu gahunda iriho ni ugukorera ku mihigo kuko bifasha buri muntu 
    gukorera ku ntego. Bimufasha kandi kwisuzuma akareba ko ibyo yahize 

    abishyira mu bikorwa. Ni muri urwo rwego hashyizweho imihigo y’ingo 

    aho zihigira ibikorwa zizageraho mu gihe runaka. Buri rugo rusabwa 
    kugira ikaye y’imihigo, rugaragarizamo ibyo bikorwa, rukabigaragariza 
    umukuru w’umudugudu rubarizwamo, na we akabyemeza abishyiraho 
    umukono.

    Munyengabe Reveriyani ni umuhinzi mworozi ntangarugero w’imyaka 
    62. Iyi gahunda yo gukorera ku mihigo yayumvise vuba kandi ayishyira 
    mu bikorwa. Yemeza ko iyi gahunda y’imihigo y’ingo imaze guhindura 
    byinshi mu rugo rwe, kuko ibyo ahize gukora agerageza uko ashoboye 
    kose kugira ngo abigereho. Yageze kuri byinshi atari kuzageraho ku 
    buryo bworoshye. Asanga iyo umuturage ahize umuhigo akawuhigura 
    bimuha imbaraga ubutaha akazakora ibyisumbuyeho.

    Ku bwe, gahunda nziza nk’iyi ifasha mu iterambere ku buryo bugaragara 
    kuko ituma umuturage yikorera isuzumabikorwa hakiri kare, ibyo 
    atari yageraho akabasha gufata ingamba zo kubigeraho. Ni mu gihe 
    kandi aba yamenye imbogamizi yagize n’ubufasha azakenera bibaye 
    ngombwa. Yifuje ko muri buri mudugudu iyi gahunda y’imihigo y’ingo 
    yakurikiranwa neza hashyirwaho itsinda rishinzwe kugenzura uko ya 
    mihigo igenda ishyirwa mu bikorwa. Byatuma hatabaho kwirara ngo 
    umuturage yirengagize ibyo yahize.

    Gukorera ku mihigo byatumye arushaho kwiteza imbere mu buryo 
    bufatika. Afite ubuhinzi bukomatanyije n’ubworozi ndetse n’ubukorikori 
    butandukanye. Yoroye inka za kijyambere, yahinze urutoki, yahinze 
    ibijumba, ahinga imyumbati, ahinga n’imiteja, iyo yeze iba ifite uburebure 
    n’ubwiza bihebuje. Iyi miteja ngo imaze kumugeza kuri byinshi kuko 
    anafite isoko ryayo i Kigali. Mu mihigo ye, yahize ni ukuva kuri hegitari 
    imwe y’ubuhinzi bw’imyumbati akagera kuri imwe n’igice, akavugurura 
    ubuhinzi bwe bw’ibijumba, akajya no mu bwisungane mu kwivuza ndetse 
    agakorana na banki.

    Mbere yo gukorera ku mihigo umuryango we wabaga mu nzu 
    y’amabati arindwi. Aho batangiriye guhiga, babashije kuyivugurura, 
    barayongera, bayishyiramo amashanyarazi n’amazi. Barahingaga 
    bakeza utudobo dutatu tw’ibishyimbo ariko aho batangiriye gukorera 
    ku mihigo, umusaruro wabo wavuye ku tudobo dutatu uba imifuka itatu 
    138
    y’ibishyimbo. Imihigo yabafashije gukora kare kandi bagakorera ku 
    gihe. Nta gikorwa na kimwe umuturage ashobora kumva ko atageraho 
    kandi hari ubuyobozi bumwegereye kandi bwiteguye kumufasha.

    Iyo ugeze mu rugo rwe usanga ari ahantu hafite isuku kandi bigaraga 
    ko ari urugo rwifashije. N’ikimenyimenyi bamaze kwiyubakira biyogazi 
    ikora neza. Umufasha w’uyu mugabo, avuga ko kuva bakubaka biyogazi 
    ibicanwa bakoreshaga mbere byagabanutse cyane. Biyogazi inabafasha 
    mu kwita ku bidukikije no kubungabunga ubuzima muri rusange. 
    Akomeza agira ati: «Ibi byose mubona tubikesha gukorera ku mihigo 
    no gukorera ku ntego. Icyo twiyemeje kuzakora mu mwaka runaka 
    turacyandika hanyuma tugahora dukurikirana ko tukigeraho. Iyi kayi 
    y’imihigo idufasha gusuzuma aho tugeze cya gikorwa tukandikamo.
    Gukorera ku mihigo bitanga imbaraga n’ishyaka mu bikorwa uba 
    wateganije gukora.» 

    Abayobozi ku rwego rw’Akarere baramugendereye muri gahunda yo 
    kureba iterambere abaturage bamaze kugeraho no kubagira inama 
    kugira ngo barusheho kunoza ibyo bakora. Batangajwe n’ibikorwa 
    bahasanze maze basaba abaturage kumufataho urugero kugira ngo 

    na bo batere intambwe ifatika mu mibereho yabo. 

    I. Inyunguramagambo
    a) Nimushake muri uyu mwandiko amagambo afite 
    igisobanuro gikurikira:

     1. Ikintu wiyemeza kuzageraho mu gihe runaka.
     2. Icyo ugamije kugeraho.
     3. Kwiyemeza icyo uzaba ugezeho mu gihe runaka.
     4. Gushyira mu bikorwa icyo wari warahize.
     5. Kurenga urugero rwari ruteganyijwe.
     6. Igenzura rigamije kureba aho ugeze ushyira mu bikorwa ibyo 
    wiyemeje.
    7. Kwemeza ibigomba gukorwa kugira ngo ugere ku cyo wiyemeje.
     8. Ikintu cyose gituma utagera ku cyo wiyemeje, ibibazo ugira mu 

    gushyira mu bikorwa ibyo wiyemeje.

    9. Kurangara ntukore uko bikwiye.
     10. Gukorera ibintu icyarimwe.
     11. Urugo rukize, rutagize icyo rubuze. 
     12. Inkwi zo gucana.
     13. Ingufu z’umwuka zibyarwa n’udukoko bita bagiteri zicagagura 
    ibikomoka ku bimera, ku mwanda w’amatungo cyangwa 
    ku musarane w’abantu bifungiranye mu cyobo kidashobora 
    kwinjiramo umwuka wo hanze. 
    b) Koresha mu nteruro zawe bwite amagambo akurikira:
     1. Imihigo 5. Gufata ingamba 
     2. Intego 6. Kwirara
     3. Guhigura 7. Imbogamizi 
     4. Kwisumbura 8. Gukomatanya
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite

     1. Gukorera ku mihigo bimaze iki?
     2. Gahunda yo gukorera ku mihigo iteye ite?
     3. Umuryango wa Munyengabe wahize kuzagera ku bihe bikorwa?
     4. Uyu muryango wahiguye ute imihigo wahize?
     5. Hakorwa iki kugira ngo iyi gahunda irusheho kugenda neza?
     6. Umuryango wa Munyengabe wagize ruhare ki mu kubungabunga 
    ibidukikije?
     7. Uwiyemeje gukorera ku mihigo asabwa iki kugira ngo abashe 
    guhigura neza imihigo ye?
     8. Akarere kagaragaje gate ko gashyigikiye gahunda y’imihigo 

    y’ingo?

    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo bikurikira:

     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa muri uyu mwandiko? 
     2. Garagaza ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko?
    IV. Gutegura imihigo y’ishuri.
    Umwitozo:

     Nimutegure ingingo mwumva mwahigira kugeraho muri uyu mwaka 

    hano mu ishuri ryanyu.

    5.4. Dutange amakuru ku byo dukora


    Kera gutanga amakuru ku byo umuntu akora byari ubushake. 

    Abanyamakuru binubiraga kudahabwa amakuru na bamwe mu bari 

    bashinzwe kuyatanga cyanecyane mu nzego za Leta. Ariko ubu 
    byarahindutse gutanga amakuru byamaze kuba itegeko. 
    Abayobozi mu nzego zigenga n’iza Leta basabwa gutanga amakuru 
    n’iryo tegeko ryamaze gushyirwaho umukono no gutangazwa mu 
    igazeti ya Leta. Ibi bizafasha abanyamakuru kubonera amakuru bashaka 
    ku gihe ndetse n’Abanyarwanda bayahabwe ku gihe. Uzaramuka yanze 
    gutanga amakuru ku byo akora azabihanirwa n’itegeko, natabikora 
    neza na bwo abibazwe n’amategeko. Abayobozi mu nzego za Leta 
    n’izigenga rero bafite inshingano zo gushyiraho umukozi uhoraho 
    ushinzwe gutanga amakuru, yaba adahari akagira umusimbura.

    Abanyamakuru mu Rwanda bavunikaga bashaka amakuru ndetse 
    hamwe ntibayabone. Hari n’aho umuyobozi ushinzwe gutanga amakuru 
    yangaga kwitaba terefoni cyangwa se agasubiza umunyamakuru ko 
    afite ibimuhugije ku buryo adafite umwanya wo kuvugana na we. 
    Itegeko rirasobanutse kuko riteganya uburyo amakuru yakwa. Amakuru 
    asabwa n’umuntu ku giti ke cyangwa itsinda ry’abantu mu rurimi urwo 
    ari rwo rwose mu ndimi zemewe n’Itegeko Nshinga rya Repubulika 
    y’u Rwanda. Hakoreshwa imvugo, inyandiko, terefoni, ikoranabuhanga 
    cyangwa ubundi buryo bw’itumanaho bitabangamiye ibiteganywa n’iri 
    tegeko. Usaba amakuru ni we ugaragaza uburyo yifuza kuyahabwamo. 
    Iyo uburyo usaba amakuru yifuza kuyahabwamo burenze ubushobozi 
    bw’urwego rusabwa kuyatanga, yishyura ikiguzi kijyanye n’uburyo 
    ayifuzamo.

    Ahanini kwimana amakuru byaterwaga n’impungenge abatanga 
    amakuru bagiraga, kubera kutizera abanyamakuru bayahaye, no gutinya 
    ko amakuru batanze ashobora kubagiraho ingaruka. Izi mpungenge 
    itegeko ryarazikemuye kuko rigaragaza amakuru yemewe gutangwa. 
    Akaba ari yo mpamvu abanyamakuru bagomba gukora kinyamwuga 
    bakagarurira ikizere abatanga amakuru, bakunze kuyimana bitwaza 
    ko abanyamakuru babavugira ibyo batavuze. Abayobozi na bo bajya 
    batanga amakuru ku gihe batagoranye kugira ngo imikoranire y’inzego 
    igende neza kandi n’abagenerwabikorwa ari bo baturage babashe 
    kugira uburenganzira kuri ayo makuru.

    Iri tegeko ntirifasha abanyamakuru mu kazi kabo gusa, ahubwo rifasha 

    n’Abanyarwanda muri rusange. Uburenganzira bwo kubona amakuru 
    ni inyungu z’Abanyarwanda bose kuko riha n’abatari abanyamakuru 
    kubaza inzego za Leta cyangwa izigenga amakuru bashaka. 

    Gushyiraho itegeko ni ikintu kimwe, ariko kurishyira mu bikorwa 
    bikaba ikindi. Inzego zose bireba zirasabwa gukora ibishoboka byose 
    rikubahirizwa. Birasaba kandi nanone abanyamakuru n’Abanyarwanda 

    muri rusange gukomeza guharanira uburenganzira bwabo.

    I. Inyunguramagambo

    a) Huza ijambo n’igisobanuro cyaryo ukoresheje akambi.

    b) Koresha mu nteruro yawe bwite amagambo akurikira; 
     kwinuba, guhatira, kubazwa (ibyo utakoze), inshingano, guhuga, 
    kubangamira, ingaruka, gukemura.

    c) Uzuza interuro zikurikira ukoresheje amagambo ari 
    mu dukubo.

     (igaruka, gusimbura, gusimbuza, yinubira, yinukira, kubangamira, 
    kubagarira, ingaruka)

     a) Uyu mwana ...................... buri gihe ibyo bamutumye.

    b) Umuntu udaheruka gukaraba yumva ......................
     c) Reka ...................... bagenzi bawe batazagucikaho.
     d) Dusabwa ...................... yose kuko tutazi irizera n’irizarumba.
     e) Uzirengere ...................... zizava mu kudatangira amakuru ku 
    gihe!
     f) Uze ...................... biriya biti byaboze ibikiri bizima.

     g) ...................... uyu mukinnyi biramvuna kuko naniwe cyane.

    II. Ibibazo byo kumva umwandiko

    Nimusubize ibi bibazo byo kumva umwandiko mu magambo 
    yanyu bwite
     1. Ni iki cyatumaga abantu batitabira gutanga amakuru ku byo 
    bakora? 
     2. Ni iki noneho gishobora kubaha ikizere bagatanga amakuru nta 
    cyo bishisha?
     3. Abatanga amakuru n’abanyamakuru barasabwa iki muri iki 
    gihe?
     4. Uwakwaka amakuru, ufite ubuhe bushobozi bwo kuyamuha? 
     5. Umunyamakuru akwatse amakuru mu buryo udafitiye ubushobozi 
    wabyifatamo ute? 
     6. Ko utari umunyamakuru itegeko rigena uburyo amakuru 
    atangwa rikumariye iki? 
    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo:

     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa mu mwandiko? 
     2. Vuga ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko?
    IV. Gutegura amakuru no kuyatangaza.

     Nimutegure amakuru ku byabaye ku ishuri ryanyu muri iki cyumweru, 
    ayo mutazi mubaze abayobozi n’abarimu niba hari inama zabaye, 

    maze muyatangarize abandi banyeshuri. 

    5.5. Umwirondoro w’umuntu
    Urugero rw’ umwirondoro wa Bizimana

    1. Ibiranga umuntu:
     – Amazina: BIZIMANA Kamegeri
     – Amazina ya data: KAMEGERI Silasi
     – Amazina ya mama: KANKUNDIYE Ana
     – Itariki y´amavuko: 12 Mata 1990
     – Aho navukiye: Umurenge wa Kigarama
     : Akarere ka Kicukiro
     – Aho ntuye: Umurenge wa Kanombe
     : Akarere ka Kicukiro
     – Irangamimerere: Ingaragu
     – Ubwenegihugu: Umunyarwanda
     – Aho mbarizwa:
    Kanombe 
    Agasanduku k’iposita: 1209 Kigali
    Terefoni: 0784455762

    2. Amashuri nize
    – Amashuri yisumbuye: 2002-2008 ku kigo cy’Urwunge 
    rw’Amashuri yisumbuye rw’i Mukura.
    – Amashuri abanza: 1996-2002 ku kigo cya Remera.
    3. Impamyabumenyi
     Impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye A2 mu ndimi.
    4. Imirimo nakoze n’uburambe mu kazi:
     2009-2014: Umukozi wigenga uhindura inyandiko mu ndimi (Igifaransa, 
    Ikinyarwanda n’Icyongereza).
     2014- 2016: Umukozi mu icapiro ryigenga rya Kigali ku Kimihurura 
    ushinzwe gukosora imyandikire y’indimi.
    5. Indimi nkoresha:
     Ikinyarwanda: Nkizi neza cyane
     Igifaransa: Nkizi neza 
     Icyongereza: Nkizi neza cyane

    6. Ubundi bumenyi:

    Ndi umukinnyi w’umupira, w’ amaguru.
     Mfite impamyabushobozi mu butabazi bw’ibanze mu gihe k’impanuka.
    Ndi umukangurambaga mu butabazi bw’ibanze mu gihe habaye 
    impanuka.
    Ndemeza ko ibyo mvuze haruguru ari ukuri.
    Kanombe, ku wa 28 Mutarama 2016.
    BIZIMANA Kamegeri 
    I. Inyunguramagambo
    a) Sobanura aya magambo yakoreshejwe mu mwirondoro:
     1. Ingaragu
     2. Impamyabumenyi
     3. Impamyabushobozi
    b) Umwitozo w’inyunguramagambo:
     Koresha aya magambo mu nteruro wihimbiye:

     1. Ingaragu
     2. Impamyabumenyi
     3. Impamyabushobozi
    II. Ibibazo ku mwirondoro
    Musubize ibibazo bikurikira muhereye ku rugero 
    rw’umwirondoro wa Bizimana:
    1. Umwirondoro ni iki? Umaze iki? 
     2. Umwirondoro ukorwa na nde?
     3. Kuki abakoresha bakenera umwirondoro w’ushaka akazi?
     4. Umwirondoro ukorwa ute?
     5. Ni ibiki uwirondora agomba kwirinda?

     6. Ni ibihe bice by’ingenzi bigize umwirondoro?

    5.6. Umwirondoro
    1. Inshoza y’umwirondoro
    Umuntu wese ushaka akazi asabwa kuzuza umwirondo uherekeza ibaruwa 
    isaba akazi cyangwa ugatangwa wonyine, kugira ngo umukoresha amenye 
    ibyerekeranye n’uwo agiye guha akazi. Umwirondoro rero ugaragaza 
    amazina y’umuntu, aho akomoka, ikigero arimo, amashuri yize n’imirimo 
    yakoze ndetse n’ibindi ashoboye mu buzima. Iyo umukoresha asomye 
    umwirondoro w’usaba akazi, ahita abonamo uburyo yagiye yitwara 
    mu mirimo itandukanye, cyangwa aho yize kuko ashobora no kubanza 
    kubaza ababanye na we ku ishuri no mu kazi kugira ngo amenye uko 
    yitwara.

    Utegura umwirondoro rero agomba kuvugisha ukuri, ntatange amakuru 
    atari yo kuko byamukururira kwimwa akazi cyangwa akakirukanwaho 
    n’iyo yaba yararangije kukabona.

    Umwirondoro ahanini ukoreshwa mu mabaruwa y’ubuyobozi iyo 
    uwandika yawusabwe cyangwa ashaka kwerekana ko uhuje n’umuntu 
    bifuza guha akazi. Ni yo mpamvu umwirondoro urangizwa n’interuro 

    yemeza ko ibikubiyemo ari ukuri.

    2. Uko umwirondoro ukorwa
    Umwirondoro ukorwa umuntu agaragaza ibice by’ingenzi bitanu ari byo :
    a) Ibiranga umuntu
     Hagaragariramo amazina y’uwirondora, amazina ya se n’aya nyina, 
    itariki, ukwezi n’umwaka yavutseho, aho atuye n’aho abarizwa igihe 
    hatandukanye, irangamimerere ye (niba yubatse cyangwa akiri 
    ingaragu), ubwenegihugu bwe n’aho abarizwa.
    b) Amashuri yize n’impamyabumenyi afite
     Muri iki gice, uwirondora agaragaza amashuri yize, aho yayize n’igihe, 
    imyaka yize, amashami yakurikiye n’impamyabumenyi yahavanye.
    c) Imirimo yakoze n’uburambe mu kazi
     Uwirondora agaragaza imirimo yagiye akora, igihe yayikoreye, 

    aho yakoraga n’ibyo yakoraga. Asoreza ku murimo aba afite igihe 
    yandika umwirondoro we (iyo afite akazi). 
    d) Indimi akoresha
     Uwirondora agaragaza indimi avuga cyangwa akoresha n’igipimo 
    azikoresherezaho. Ni ukuvuga uko azi ururimi uru n’uru niba aruzi 
    neza cyane, neza cyangwa aruzi buhoro.
    e) Ubundi bumenyi afite
     Muri iki gice cya nyuma, uwirondora agaragaza ubundi bumenyi 
    cyangwa ubushobozi afite butajyanye n’amashuri yize. Ni nk’ibindi 
    ashoboye gukora cyangwa afitemo impano, amahugurwa yakoze 
    n’impamyabushobozi yahawe n’ibindi.
    Umwitozo:
    Ufatiye urugero ku mwirondoro wa Bizimana Kamegeri, uzuza uru 

    rupapuro nk’aho rwakabaye urw’umwirondoro wawe

    Umwirondoro wange
    Amazina: .........................................................................................
    Amazina ya data: ..........................................................................
    Amazina ya mama: ......................................................................
    Igihe navukiye: ................................................................................
    Aho navukiye:
    Umudugudu wa...................................... Akagari ka ...........................................
    Umurenge wa ............................Akarere ka ............................ Intara ya ...........................
    Aho ntuye: 
    Umudugudu wa ............................ Akagari ka ............................
    Umurenge wa ............................ Akarere ka ............................ Intara ya ............................
    Irangamimerere: ......................................................................
    Ubwenegihugu: ......................................................................
    Amashuri nize: 
    Kuva mu ............................ Kugeza ............................:
    Kuva ............................ Kugeza ............................:
    Kuva ............................ Kugeza ............................:
    Imirimo nakoze
    Kuva ............................ Kugeza ............................: 
    Indimi nkoresha: Ikinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili...
    Ubundi bumenyi:...................................................................
    Ndemeza ko ibyo maze kuvuga ari ukuri.
    Bikorewe i ............................ ku wa ............................
                                               ............................
                                               ...........................

                                             5.7. Ibaruwa isaba akazi



    I. Inyunguramagambo: 
    a) Sobanura aya magambo: 
     1. Ubudakemwa 2. Umugereka
    b) Koresha aya magambo mu nteruro zigaragaza ko 
    uyumva:
     1. Ubudakemwa 2. Umugereka
    II. Ibibazo byo kumva ibaruwa
    Musubize ibi bibazo byabajijwe ku ibaruwa mu magambo 
    yanyu bwite.

     1. Ni nde wanditse iyi baruwa? 4. Atangira ate?
     2. Yandikiye nde? 5. Arangiza ibaruwa ye ate?
     3. Ni iyihe mpamvu yanditse? 
    III. Gusesengura ibaruwa
    Musubize ibi bibazo bikurikira:

     1. Vuga ibice by’ingenzi bigize ibaruwa yanditswe na Bizimana.
     2. Ni ibiki Bizimana yitayeho mu ibaruwa ye?
     3. Uhereye ku bice bigize ibaruwa iri ahabanza n’ibisobanuro 
    bikurikira, andukura imbata igomba gukurikizwa mu kwandika 
    ibaruwa. 
     4. Iyi baruwa ni bwoko ki?
    5.8. Ibaruwa y’ubuyobozi
    a) Inshoza y’ibaruwa y’ubuyobozi
    Ibaruwa y’ubuyobozi ni urwandiko wandikira umuyobozi runaka ufite 

    icyo umusaba cyangwa umugezaho. Urwo rwandiko ruba rugufi kuko

    ruvuga iby’ingenzi wifuza nta kurondogora. Urwo rwandiko rugira 
    impamvu, iyo mpamvu ni yo uwandika yibandaho ntage ku ruhande. Niba 
    hari ibisobanuro byiyongera kuri iyo mpamvu cyangwa hari inyandiko 
    zigomba kuyiherekeza, bivugwa mu rwandiko ariko bikayiherekeza 
    nk’umugereka. Mu ibaruwa uvuga ko ubigeretseho. 
    Ibaruwa y’ubuyobozi igira ibice biyigize n’imiterere yihariye. Aho 
    bitandukanira n’ibaruwa isanzwe, ya gicuti ni uko ibaruwa y’ubuyobozi 
    iba ngufi kandi ikavuga iby’ingenzi ntirondogore cyangwa ngo itange 
    ibisobanuro bidakenewe. Uyandikirwa ntaba afite igihe cyo guta mu 
    bidafite akamaro.
    b) Ibice bigize ibaruwa y’ubuyobozi
    Ibaruwa y’ubuyobozi ifite ibice bikurikira bigaragaza:
    1. Uwandika n’aho abarizwa: Iki gice cyandikwa hejuru mu nguni 
    y’ibumoso bw’urupapuro. Muri make ibi umuntu yabyita “Uwandika 
    n’aho abarizwa”. Icyo gice ni iki gikurikira:

    BIZIMANA Kamegeri
    Akagari ka Karugira
    Umurenge wa Gikondo
    Akarere ka Kicukiro
    2. Aho ibaruwa yandikiwe n’itariki yandikiweho: Ibyo bijya hejuru 
    mu nguni, iburyo bw’urupapuro. Icyo gice ni iki:

    Gikondo, ku wa 20/6/2016
    3. Uwandikiwe n’aho abarizwa: Iki gice kijya munsi y’umwirondoro 
    w’uwandika kigatangirira mu rupapuro rwagati. Icyo gice ni iki:
    Bwana Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri Abanza cya GikondoKicukiro.
    4. Impamvu yatumye ibaruwa yandikwa: Ijya munsi y’umwirondoro 
    w’uwandikiwe, ikigaragaza igitumye wandika. Kigatangirira ku 
    ntangiriro y’urupapuro. Icyo gice ni iki:
    Impamvu: Gusaba akazi k’ubuzamu

    5. Amagambo ahamagara uwandikiwe: Icyo gice cyandikwa munsi 
    y’umwirondoro w’uwandikiwe, kigaherwa buri gihe n’akitso. Ni iki 
    gikurikira:
    Bwana Muyobozi,
    6. Intangiriro: Ni igika kirimo impamvu yatumye wandika. Icyo gice 
    ni iki:
    Nshimishijwe no kubandikira iyi baruwa mbasaba akazi k’ubuzamu 
    bwo ku manywa.
    7. Igihimba: Ni igika kimwe cyangwa byinshi bisobanura uko uwandika 
    yamenye ko umwanya uhari n’ubushobozi afite bwo gukora ako kazi. 
    Ni ibika bikurikira:
     Maze kumva itangazo mwacishije kuri radiyo zitandukanye ku 
    wa Mbere tariki ya 18/6/2016 musaba abashaka akazi k’ubuzamu 
    bw’amanywa, niyemeje kubandikira mbasaba ako kazi kuko 
    ngashoboye. 
     Mu by’ukuri ndi umusore wahuguwe mu byo gucunga umutekano 
    w’ibigo mu gihe cy’amezi atandatu kandi ndi inyangamugayo nk’uko 
    byemezwa n’ikemezo cy’ubudakemwa mu mico no mu myifatire 
    nahawe n’ubuyobozi bw’umurenge wa Gikondo ntuyemo. Icyo 
    kemezo kiri ku mugereka w’uru rwandiko kimwe n’umwirondoro 
    wange.
    8. Umusozo: Ni igika gisoza giheruka ibindi bika kirimo ikizere 
    cy’uwandika cyo kubona igisubizo gishimishije. Icyo gika ni iki:
    Mu gihe ngitegereje igisubizo cyanyu kiza, mbashimiye umutima 
    mwiza muzakirana ikifuzo cyange.
    9. Amazina y’uwandika n’umukono we: Bijya munsi y’ibaruwa 
    ahahera iburyo bw’urupapuro bigahera rwagati. Icyo gice ni iki 
    gikurikira:

    BIZIMANA Kamegeri

    c) Ibyo uwandika ibaruwa y’ubuyobozi yitaho
    Uwandika ibaruwa y’ubuyobozi, yitwararika gusiga umwanya ibumoso 
    n’iburyo bw’urupapuro kugira ngo uwakira ubutumwa abone aho afata 
    abusoma atabuhishe n’intoki bubera kubufatamo. Ibaruwa yanditse neza 
    ibamo ibika ku buryo buri gitekerezo kiharira igika cyacyo. 
    Buri gika gitangira umurongo. Hagati y’igika n’ikindi hasigara umwanya 
    munini. Ibaruwa yanditse neza iba ifite utwatuzo kandi tugomba 
    gukoreshwa neza mu nteruro: akitso kagatandukanya ibice bibiri 
    by’interuro, akabago kagatandukanya interuro ebyiri. Utwo ni two 
    twatuzo dukoreshwa mu ibaruwa y’ubutegetsi. Byaba byiza hakoreshejwe 
    interuro ngufi kuko zituma igitekerezo cyumvikana neza kurushaho. 
    d) Imbata y’ibaruwa y’ubuyobozi
    Imbata y’ibaruwa y’ubuyobozi iteye ku buryo bukurikira:

    Uwandika n’aho abarizwa                                                                                Aho yandikira n’itariki
                                                                                                                                         Urwego rw’ubuyobozi 
                                                                                                                                          rw’uwandikirwa n’aho 
                                                                                                                                           abarizwa
    Impamvu: ................................................
                                                                                                                                           Amagambo ahamagara 
                                                                                                                                           umuyobozi wandikirwa
                                                                                                                                            Igika k’intangiriro ................
    ....................................................................................................................................
    ....................................................................................................................................
                                                                                                                                         Igika gitangira igihimba .....
    ....................................................................................................................................
    ....................................................................................................................................
    ....................................................................................................................................
                                                                                                                                           Igika cy’umusozo .................
    .....................................................................................................................................
    .....................................................................................................................................
                                                                                                                                           Amazina y’uwanditse 
                                                                                                                                            ibaruwa 
                                                                                                                                            Umukono we

    Umwitozo
    Andika amabaruwa akurikira: 
     1. Andikira umuyobozi w’ikigo wizeho umusaba kuguha 
    indangamanota z’imyaka ibiri ibanziriza uwa nyuma 
    wahize, kuko ukeneye kuzigereka ku rwandiko rusaba ishuri 
    ryisumbuye. 
     2. Andikira umukuru w’ishuri muturanye umusaba akazi ko 
    gukoramo isuku mu biruhuko.
    5.9. Amatangazo

    Itangazo rya mbere

    Umuryango wa Nyakwigendera Makwandi Diyonizi utuye mu Kagari 
    ka Gatwaro, Umurenge wa Gitesi Akarere ka Karongi, ubabajwe no 
    kumenyesha inshuti n’abavandimwe cyanecyane Kamana Siriro uri muri 
    Uganda, umuryango wa Munyemana Silasi uri mu Miyove, Akarere ka 
    Gicumbi, uwa Rusagara Rayimondi uri i Rubavu n’umwana we Rwakayiru 
    Serisi uri mu Bubiligi, ko umusaza Makwandi Diyonizi yitabye Imana 
    kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Gicurasi 2016 isaa mbiri z’igitondo azize 
    impanuka. Ababyeyi, inshuti n’abavandimwe basabwe gutabara. Itariki 
    n’aho umurambo uzashyingurwa barabimenyeshwa mu rindi tangazo. 
    Umuryango ubaye ubashimiye kuwufata mu mugongo kwanyu. 
    KIGENZA Mamenero Erike.

    



    Itangazo rya kabiri
    Repubulika y’u Rwanda
    Minisiteri y’ Uburezi
    Minisiteri y’Uburezi iramenyesha ababyeyi bafite abana biga mu mashuri 
    abanza n’ayisumbuye ko itariki yo gutangira amasomo y’umwaka 
    w’amashuri wa 2016 ari ku wa Mbere tariki ya 02/02/2016. Abanyeshuri 
    biga mu mashuri yisumbuye barasabwa kubahiriza ibi bikurikira:

    Ku biga mu Ntara y’Amajyaruguru, iy’Uburasirazuba n’Umujyi wa 
    Kigali, umunsi wo kugenda ni ku wa Gatandatu tariki ya 31/01/2016.

    Ku biga mu Ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo ni ku Cyumweru 
    tariki ya 1/02/2016. 
    Ikitonderwa:

    a) Abanyeshuri bose bateganyirijwe imodoka zizajya zibafata aho 
    basanzwe bazitegera. 
    b) Buri munyeshuri asabwe kuza yambaye umwenda we w’ishuri kandi 
    akitwaza n’ikarita y’ishuri kugira ngo abanyeshuri bazabe ari bo 
    babanza kujya mu modoka mbere y’abandi bagenzi. 
    c) Abayobozi b’ibigo barasabwa kwitegura abo banyeshuri ku minsi 
    bateganyirijwe kubagereraho.
    Bikorewe i Kigali, tariki ya 25/01/2016. 
    Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye
     ……………………………….
    Bimenyeshejwe:
    – Abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali (bose).

    – Abayobozi b’Uturere (bose).

    Itangazo rya gatatu
    RUCIKIBUNGO Natanayeri utuye mu Mudugudu w’Ibuga, Akagari 
    ka Karugira, mu Murenge wa Kigarama, Akarere ka Kicukiro, Umujyi 
    wa Kigali ararangisha ibyangombwa bye byaburiye muri tagisi 
    RAB 041X ikora mu muhanda wa Kimironko-Gikondo-Nyenyeri ku 
    wa Gatanu Kamena 2016 nyuma ya saa sita. Ibyo byangombwa ni 
    irangamuntu, agatabo k’Ubwishingizi bw’indwara n’agatabo ka banki. 
    Byari mu ikotomoni y’umukara. Uwabibona yabishyikiriza Rucikibungo 
    Natanayeri ukorera muri Gare ya Nyabugogo cyangwa agahamagara 
    kuri nomero 0783030875 cyangwa 0722667834. Ibihembo bishimishije 
    biramuteganyirijwe. 

    RUCIKIBUNGO Natanayeri

    I. Inyunguramagambo
    a) Sobanura aya magambo yakoreshejwe mu mwandiko:
     1. Gufata umuntu mu mugongo
     2. Gare
    b) Koresha aya magambo mu nteruro zigaragaza ko 
    uyumva: 
    1. Gufata umuntu mu mugongo
     2. Gare
    II. Ibibazo ku mwandiko
    Musubize ibi bibazo mu magambo yanyu bwite:

     1. Itangazo rya mbere ryatanzwe na nde? Aramenyesha ba nde? 
    Arabamenyesha iki? 
     2. Itangazo rya kabiri ryatanzwe na nde? Rigenewe ba nde?

     3. Itangazo rya gatatu ritandukaniye he n’irya kabiri? 

    III. Gusesengura amatangazo
    Musubize ibi bibazo bikurikira:
     1. Ni izihe ngingo zivugwa mu itangazo rya mbere, irya kabiri 
    n’irya gatatu? 
     2. Uhereye ku bivugwa muri ariya matangazo:
     a) Itangazo ni iki?
     b) Ni ubuhe bwoko bw’ariya matangazo?
    1. Inshoza y’amatangazo
    Amatangazo ni inyandiko ngufi ziba zigamije kugira ubutumwa zitanga 
    ku bo zandikiwe cyangwa zitangarizwa. Ubu butumwa butandukana 
    bitewe n’ubwoko bw’itangazo ni ukuvuga impamvu ituma uwandika 
    aryandika. Ni yo mpamvu amoko y’amatangazo ashingira ku mpamvu 
    zayo.
    2. Amoko y’amatangazo
     Hari:
     - Amatangazo abika (ajyana no kubwira abandi iby’urupfu 
    rw’umuntu, kumushyingura n’ibindi bijyana).
     - Amatangazo amenyesha 
     - Amatangazo arangisha
     - Amatangazo yamamaza
    3. Ibiranga amatangazo
     Muri rusange, amatangazo arangwa n’ibintu by’ingenzi bikurikira:
     - Uwandika itangazo
     - Aho atuye cyangwa akorera
     - Impamvu ituma atanga itangazo
     - Abo yandikira cyangwa amenyesha
     - Ubutumwa ashaka kubwira abo yandikira. Niba ari igikorwa 

    avuga aho kizabera, itariki n’isaha kizaberaho.

    - Kurangiza ashimira. 
     Mu matangazo amwe n’amwe uwandika ashobora kurangiza 
    yizeza igihembo k’uzashyira mu bikorwa ibyo asaba. Mu 
    matangazo y’inzego z’ubuyobozi, uwandika ashobora gusaba 
    abantu gushyira mu bikorwa ibyo yanditse cyangwa akagira abo 
    asaba kubishyirisha mu bikorwa. Ashobora kandi kugaragaza abo 
    agenera kopi y’iryo tangazo by’umwihariko muri « bimenyeshejwe 
    ».
     - Aho itangazo ryandikiwe n’itariki
     - Amazina n’umukono by’uwanditse cyangwa utanze itangazo.
    Umwitozo
    1. Andika itangazo ribika. Umuntu uzi witabye Imana. Uratabaza bene 
    wabo ngo baze gutwara umurambo uri mu buruhukiro bw’ibitaro 
    runaka. Nyakwigendera yazize impanuka y’imodoka ku muhanda 
    runaka.
    2. Himba itangazo urangisha ikintu wataye.
    3. Andika itangazo ritumira abantu mu nama yo gutegura isabukuru 
    y’umubyeyi wawe umaze imyaka mirongo inani avutse. Ubwire 
    abantu aho izabera, isaha izaberaho n’ingingo bagomba kuziga 
    by’umwihariko. Ku batahazi wabamenyesha uburyo bazahagera 
    bifashishije tagisi. Urangize ubashimira umutima mwiza bazitabirana 
    iyo nama. Univuge wowe ubatumira.

    5.10. Muyobozi ukeneye abandi


    1. Umuyobozi dushima dushimagiza
     Ni ukingura amarembo bakamugana
     Ni ugira urugwiro ntabe intare
     Ni ukorera mu mucyo ntiyimike ubwiru
     Ni uwanga amahugu akimika ukuri.
    2. Niba uri umukozi w’umwaga
     N’abagusuye ukajya ubakanga
     Uzasigara umeze nk’inshike
     Ubure abakugana ari bo ukorera
     Uzatorwa na nde mu bo waheje? 
    3. Erega muyobozi ukeneye abandi
     Uge wirinda kuba ikigwari,
     Ukorane umwete ukemure ibibazo
     Abaje bakugana ubavune bwangu

     Ntihakagire uwo unigana ijambo.

    4. Uzajya wihina iyo mu biro
     N’abagusuye ubaheze hanze
     Utazi uwavamo n’umuranga!
     Kwiba uhetse biragatsindwa
     Uzaba ubwiriza uwo mu mugongo. 
    5. Nimucyo rero dukorere mu mucyo
     Imirimo yacu ntituyibwike;
     Amakosa abonetse tuyakosore
     Abakuru n’abato baturirimbe,
     Utugannye wese abone dushaka
     Ibyo kumutoza gukora neza. 


    I. Inyunguramagambo 
    a) Sobanura amagambo akurikira yakoreshejwe mu 
    mwandiko:

     1. Umwaga 5. Ikigwari
     2. Kwiba uhetse 6. Umuranga
     3. Kubwiriza uwo mu mugongo 7. Kubwika.
     4. Inshike
    b) Umwitozo w’inyunguramagambo
     Koresha aya magambo mu nteruro ngufi ziboneye: 

     1. Umwaga
     2. Ikigwari
     3. Umuranga.
    II. Ibibazo ku mwandiko
    Hitamo igisubizo kiri cyo muri bitatu byatanzwe: 
     1. Ingaruka zo kuba umunyamwaga ni:
     a) Gukangara abakugana.
     b) Kugira abakunzi bameze nkawe.

     c) Gucikwaho n’abantu ukabaho wenyine.

    2. Kugira umwaga ni:
     a) Kutishimira iby’abandi bagezeho.
     b) Kutihanganira abakurogoya.
     c) Kuka inabi abakugana bose kuko ubabonamo abaje kurya 
    ibyawe batabikoreye.
     3. Ntukabe umunyamwaga kuko:
     a) Uwo uri we wese ukeneye abandi.
     b) Abantu bose bakumenya uko uri.
     c) Uba ikigwari.
     4. Uyu muvugo uragukangurira:
     a) Kwakirana urugwiro abakugana bose ntawuheza.
     b) Gukomera ku byawe abantu ntibabirire ubusa.
     c) Kutavogerwa n’ubonetse wese.
     5. Uyu muvugo urarwanya ingeso mbi zikurikira:
     a) Ubugugu, ubunebwe, guha abato urugero rubi n’umujinya.
     b) Kwiba, guhishahisha no gukena.
     c) Kwihisha abagusuye bagutunguye.
     6. Kuba umunyabugugu:
     a) Wabiraga abana bawe.
     b) Ntiwabiraga abana bawe.
     c) Ni ngombwa kuko bica agasuzuguro.
     7. Umuti uhabwa umunyamwaga ni: 
     a) Ukugenderera abandi akareba uburyo yakirwa.
     b) Ukuririmbwa n’abato n’abakuru.
     c) Ukwibera wenyine kugira ngo atagira uwo abangamira.
     8. Umunyamwaga akwiye :
     a) Kunengwa kugira ngo yikosore.
     b) Gushyigikirwa kuko yikangarira.
     c) Kwamaganwa aho ageze hose.
     9. Ugusuye: 

     a) Mutoze gukora neza.

    b) Mucyahe atazakumenyera.
     c) Muhishe ibyo ukora atazagukirana.
     10. Niwihisha abakugana:
     a) Uzabura uwamamaza ibyo ukora cyangwa n’uwakurangira 
    umugeni.
     b) Ntuzasohora byinshi byo kubakiriza.
     c) Ntawuzagutesha umutwe .
     11. Abantu bazadushima:
     a) Nituba ibigwari.
     b) Nidutoza abana bacu ubucakura.
     c) Nidukosora amakosa yacu kandi tukanoza ibyo dukora.
     12. Uyu mwandiko ni: 
     a) Ikivugo. 
     b) Igihozo.
     c) Umuvugo.
    Umwitozo wo kuvuga:
     Soma uyu mwandiko inshuro nyinshi, uwufate mu mutwe, hanyuma 
    uwuvugire imbere y’abandi wubahiriza injyana yawo kandi ushyiramo 
    isesekaza. 
    III. Gusesengura umwandiko
    Musubize ibi bibazo:
     1. Iyo usomye uyu mwandiko wumva uryoheye amatwi ku buryo 
    ujya kumera nk’indirimbo. Biterwa n’iki? Ubwo buryohe wumva 
    mu mwandiko babwita iki?
     2. Interuro zigize uyu mwandiko ziteye zite ugereranyije n’izo 
    usanzwe ubona mu yindi myandiko? Zitwa ngo iki?
     3. Ibitekerezo bikubiye mu mwandiko, ubona bikubiye mu bika, 
    kimwe no mu yindi myandiko? Ibyo bice bikubiyemo ibitekerezo 
    bigize umwandiko byitwa ngo iki?

     4. Ukurikije uko uyu mwandiko uteye wawita ngo iki?

    5.11. Umuvugo
    a) Inshoza y’umuvugo

    Umuvugo ni igihangano ku nsanganyamatsiko uhimba yihitiramo 
    cyangwa ahabwa, kigahimbirwa gutanga ubutumwa ariko kandi ku buryo 
    kinaryohera amatwi y’abacyumva. Ikibanezeza ni ururirimbo ruterwa 
    n’ibisikana ry’amajwi yo hejuru n’ayo hasi, injyana iterwa n’interuro ngufi 
    zijya kureshya ndetse n’isubirwamo ry’amajwi asa, ibisikana ry’imigemo 
    itinda n’ibanguka. Kubera ko aba ashaka gutaka ikivugwa, uhanga 
    umuvugo yitondera imitoranyirize y’amagambo yabugenewe akoresha 
    bitewe n’iryo asanga ryakumvikanisha neza igitekerezo ke.
    b) Ikivugwa
    Iyo uhimba umuvugo, uhitamo insanganyamatsiko bitewe n’ubutumwa 
    ukeneye kugeza ku bakumva cyangwa basoma ibyo wahanze. Uyishakira 
    ibitekerezo bifatika bituma abakumva bishimira ibyo ubabwira, ku buryo 
    batabifata nko kubatesha igihe. Ibyo bitekerezo, ubishakira amagambo 
    atuma biryoha, ukabanza kubishakira imbata ituma bikurikirana neza 
    kugira ngo utaza kwisubiramo.
    c) Uturango tw’umuvugo
    Umuvugo urangwa n’ibi bikurikira:
    a) Imikarago: Interuro z’umuvugo ni zo bita imikarago, ziba ngufi 
    kandi igitekerezo gishobora gufata imirongo myinshi ku buryo ibice 
    by’interuro byakagombye gukurikirana ku murongo umwe bishobora 
    kujya ku mirongo itandukanye.
    b) Amagambo atoranyijwe neza: Uhanga umuvugo ahitamo 
    amagambo agusha ku ngingo ku buryo ataza kurambirana. 
    Iyo arambiye abamwumva ntibita ku byo ababwira, akaba nko 
    gucurangira abahetsi. 
    c) Isubirajwi: Isubirajwi rishingira ku ijwi runaka risubirwamo 
    ikigenderewe ari ukunogera amatwi y’abazumva igihangano 
    ryakoreshejwemo.

    d) Injyana: Umuvugo ugomba guhimbwa ku buryo worohera abawufata 
    mu mutwe ari byo bita kuwutora. Imitondekere y’imikarago igira 
    uruhare runini mu kunoza injyana y’umuvugo.
    Nujya guhanga umuvugo rero uzihatira kubahiriza izi ngingo tumaze 
    kuvuga niba ushaka kubarirwa mu mubare w’abahanga mu guhanga 
    umuvugo kandi urabishoboye.
    Umwitozo
    Guhanga umuvugo
     Hanga umuvugo wumvikanisha urukundo ufitiye umubyeyi wawe 
    n’impamvu zigutera kumukunda ku buryo bwihariye. Ukore ku 
    buryo wumvikanisha imbamutima z’umuntu ukunda undi ku buryo 
    budasanzwe. Nurangiza uwutore maze uwubwire bagenzi bawe 

    ushyiramo isesekaza.

    Mfashe ko:
    – Gukorera mu mucyo ari ngombwa ku bantu bose. Bituma 
    hamenyekana ibyo bakora.
    – Tugomba kurwanya ruswa kuko imunga ubukungu bw’Igihugu.
    – Kwiha gahunda mu gihe dukorera ku mihigo bituma tuyesa neza.
    – Dukwiye gutanga amakuru ku byo dukora kugira ngo abandi 
    batwigireho cyangwa se batwunganire.
    – Umwirondoro w’umuntu utangwa hagaragazwa ukuri 
    kw’ibimuvuzweho.
    – Mu kwandika ibaruwa y’ubuyobozi twitondera ibice biyigize ari 
    byo: Uwandika n’aho abarizwa, aho ibaruwa yandikiwe n’itariki 
    yandikiweho, uwandikiwe n’aho abarizwa, impamvu yatumye 
    ibaruwa yandikwa, amagambo ahamagara uwandikiwe, intangiriro, 
    igihimba, umusozo, amazina y’uwandika n’umukono we.
    – Umuvugo mwiza urangwa n’ibi bikurikira: imikarago migufi 
    amagambo meza atoranyijwe, amajwi yisubiramo cyangwa 

    amagambo agaruka n’injyana nziza iryoheye amatwi.

    5.12. Isuzuma risoza umutwe wa gatanu
    Soma witonze uyu mwandiko maze usubize ibibazo 
    byawubajijweho.
    Inkuru y’umucuzi n’umurobyi
    Nkunze kuganira na sogokuru akambwira udukuru dushimishije agamije 
    kuntoza gutekereza no kwisobanurira ibintu bimwe na bimwe. Nimusoma 
    iyi nkuru mwitonze muratahura icyo yashakaga kunyumvisha. 
    Agira ati: “Umucuzi w’ibyuma yari afite ibikoresho bitatu by’ingenzi: 
    umuvuba, inyundo n’ibuye yarambikagaho ibyuma bishyushye byatukuye 
    akabikubitisha inyundo nini iremereye agakuramo amashoka, imihoro, 
    ibyuma, ibigembe by’amacumu, impindu, amapiki, amasuka, amayugi, 
    amayombo n’ibindi.

    Uyu umucuzi bamuzaniye amasuka abiri y’amafuni bamusaba 
    kubacuriramo amapiki abiri. Bamusigira umwana w’ihene nk’igihembo. 
    Bagitirimuka aho, undi mugabo aramwegera ati: “Uzababwire ko 
    havuyemo ipiki imwe, maze indi uzayimpe nange nguhe umwana w’ihene; 
    uzaba ugize ihene ebyiri dore usanzwe uri inshuti yange.”

    Umucuzi aramusubiza ati: “Ngewe Ntamuhanga ku myaka yange 
    sinkunda ibyinshi byotsa amatama, kandi nzi ko inda nini yishe ukuze.” 
    Yasohoje amasezerano yagiranye n’uwamuzaniye amafuni. Nyiri ipiki 
    abonye zicuze neza, dore ko yari atuye ahantu h’uruharabuge, acurisha 
    andi mapiki icumi, amugororera ikimasa k’ibihogo bahinduka inshuti.

    Reka rero angerere no ku by’umugabo warobaga amafi yarangiza 
    akayagurisha. Umunsi umwe amaze kuroba ifi yayigurishije Sehirwa, 
    amusaba kuyimubagira, anasiga amwishyuye amafaranga ibihumbi 
    bitatu. Basezerana ko agaruka kuyitwara nyuma y’amasaha abiri 
    akayitekera abashyitsi be. Akiva aho hakuzira umugabo w’umukire na 
    we washakaga ifi. Umurobyi amubwira ko agiye kuyimurobera. Undi 
    ati: “Mpa iriya nguhe ibihumbi bitanu, uraroba indi ube ari yo uha uwo 
    wari uyibikiye”. Reka wa murobyi azabyemere atange ya fi!

    Nyamugabo yaribwiraga ati: “Ndaroba indi fi nyimubagire ntarabukwa.” 
    Ubwo hari abagabo batanu babibonye. Yararobye habe ngo abone 
    n’imwe dore ko bwari bumaze no gucya. Nyiri ifi agarutse ati: “Mpa ifi 
    yange nge gutekera abashyitsi, dore burakeye badasanga bitarashya.” 
    Umurobyi habe ngo n’iyo mu nda izajorore! Undi abibonye yiyemeza 
    gushyikiriza ikirego umuyobozi w’uwo musozi. Nyamugabo abimenye 
    aca ruhinga nyuma ajya kureba umuyobozi aramubwira ati: “Rwose 
    muyobozi, reba uko wandengera nzajya nkuzanira ifi ya buri cyumweru. 
    Uvuge ko ndi inyangamugayo, nange ndashaka abagabo b’indarikwa 
    banshinjura.”

    Umuyobozi yaramushwishurije aramubwira ati: “Ahubwo itegure 
    duhurire n’abandi ku karubanda saa kumi zuzuye.” Abaturage bamaze 
    guterana, umuyobozi aha ijambo urega atanga n’abagabo batatu 
    babonye bagura ifi nini. Mu kwiregura, umurobyi icyuya cyaramurenze, 
    atangira kuvuga adidimanga. Abo yari yemereye kugurira inzoga 
    bakamushinjura baramwigurutsa, umugore we azunguza umutwe 
    arimyoza. Yaratsinzwe bamuca indishyi z’akababaro. Abuze ubwishyu, 
    bagurisha ubwato yakoreshaga mu burobyi ndetse bamuha akato. 
    Sogokuru arambaza ati: “ Niba wumva, wumvise iki?” 
    I. Inyunguramagambo
     a) Sobanura aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 
    mu nteruro kandi uyakoreshe mu nteruro zawe bwite.

     1. Ikigembe                        5. Ku karubanda
     2. Uruhindu                        6. Kudidimanga
     3. Amayombo                    7. Guha umuntu akato.
     4. Ibyinshi byotsa amatama

     b) Tahura mu mwandiko amagambo asubiza ibibazo 
    bikurikira. Fora ndi nde cyangwa ndi iki?

     1) Ndi umugabo ukuze cyane kandi nkunda kuganira n’abana 
    mbatoza kumenya ubwenge no kwanga umugayo. Ubwo ndi 

    nde kuri bo? Bo ni iki kuri ge?

    2) Mfite amazuru asohora umwuka utwika ibyuma bikorohera 
    ubicura. Ubwo ndi iki?
     3) Ibiti mbirya ntabibabarira iyo ngeze mu ishyamba 
    ndaryararika. Ubwo ndi iki?
     4) Iyo intore zitanyambaye ntizihamiriza kandi iyo zinkandagiye 
    nzitema ibirenge. Ubwo ndi iki?
     5) Abahigi banyambika imbwa mu ijosi turi mu muhigo 
    zanzunguza inyamaswa zikavumbuka. Ubwo ndi iki?
     6) Aho mba aha turazirana, nzarya duke ndyame kare. Ubwo 
    nzirana n’iki?
     7) Ushatse guhinga mu mabuye aranyitabaza kuko aho 
    kungimbisha nyasatura nkaterera hejuru itaka. Ubwo ndi iki?
     8) Ntunzwe no kujugunya urushundura mu mazi nkazamura 
    ibinyamaga. Ubwo ndi nde?
     9) Nzabihamya kuko nabihagazeho. Ubwo ndi nde?
     10) Banyibuka iyo umunyacyaha atsinzwe agomba kwishyura. 
    Ubwo ndi iki?
     11) Si mu mazi, si imusozi. Mpibera ngenyine kubera amafuti 
    yange. Aho ni he?
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
     1. Ni ba nde bavugwa muri iyi nkuru? 
     2. Ubunyangamugayo bw’umucuzi bwamumariye iki? 
     3. Amaherezo y’umurobyi yaje kuba ayahe? 
     4. Ruswa ni iki? 
     5. Ni iyihe ruswa umurobyi yashakaga gutanga? 
     6. Abatanga ruswa bayiha nde? 
     7. Igihembo gitaniye he na ruswa?
     8. Urakeka ko ari iki cyatumye icyuya kirenga umurobyi 
    wireguraga
    9. Muri uyu mwandiko, urugero duhabwa ni uruhe mu rwego rwo 
    kurwanya ruswa? 
     10. Ni akahe kamaro k’umuvuba mu buzima bw’umucuzi? 
     11. Ese igihano umurobyi yahawe urabona kimukwiye? Sobanura 
    igisubizo cyawe mu mirongo itarenze itanu.
    III. Gusesengura umwandiko
     1. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko?
     2. Kuki buri muturarwanda akangurirwa kurwanya ruswa? 
     3. Ni izihe ngamba zishoboka zafatwa mu kurwanya ruswa?
     4. Ni izihe mpamvu zitera abantu gutanga cyangwa kwakira ruswa?
    IV. Ibaruwa n’umwirondoro
     1. Ibaruwa y’ubuyobozi itaniye he n’ibaruwa ya gicuti?
     2. Vuga ibice by’ingenzi bigaragara mu mwirondoro.
    V. Guhanga
     1. Himba umuvugo wo kurwanya ruswa.

     2. Andika itangazo ryo kurangisha igikapu cyawe cyatakaye.

    4 Uburinganire n’ubwuzuzanye6 Ubukerarugendo