• 4 Uburinganire n’ubwuzuzanye

    4.1. Uburinganire n’ ubwuzuzanye mu mirimo 

    yo mu rugogood

    Sugira ni umuhungu umwe uvukana na mushiki we Mahoro. Sugira 
    yiga ibijyanye n’imyuga ariko akiga ataha mu rugo. Ku ishuri agerayo 
    saa moya n’igice, amasomo agatangira saa moya na mirongo ine 
    n’itanu; bagataha saa kenda na mirongo ine n’itanu. Iyo ageze mu rugo 
    afasha nyina imirimo yo mu rugo nko koza amasahani, guteka ibya 

    nimugoroba, gukora isuku akoropa inzu, akubura, n’ibindi.

    good

    Afite se badahuje imyumvire ku bijyanye n’imirimo yo mu rugo. Aba 
    abwira umuhungu we ati: “Ubundi nta muhungu uteka ngo akubure. Iyo 
    ni imirimo y’abagore n’abakobwa. Nunayikora jya wihisha, ntugakubure 
    bakubona, ntugateke bakubona; abakobwa batazakubenga. Umugabo 
    yitekera iyo yapfakaye atarashaka undi mugore, cyangwa se 
    yarasuhukiye ahandi guhahira urugo.” Nyina wa Sugira yari yabumvise. 
    Nuko aramubwira ati: “Ubwo urashaka kungandishiriza umwana; 
    imirimo nta we yishe, ubwiza bw’umusore ni imbaraga ze. Ko uvuze se 
    ko umugabo yashoboraga kwitekera, yateka ate atarabyitoje mbere?” 
    Nuko se arasubiza ati: “Ahubwo wowe urashaka kumugira ikigoryi. 
    Nta muhungu wo guteka ngo akubure.”

    Nyamara Sugira we arababwira ati: “Mwembi ndabumva nimureke 
    kwirushya. Kera koko ni ko byahoze, ariko ibintu bigenda bihinduka. 
    Ubu umuntu atize gukora imirimo yose nta cyo yageraho. Kandi 
    umugore n’umugabo badafatanyije nta kintu bageraho. Nk’uko kera 
    nta muhungu wakuburaga, ni na ko nta mukobwa wubakaga, ariko ubu 
    urebye abo twigana mu myuga ni benshi rwose kandi barubaka kimwe 

    natwe. None se ko Karegeya yize guteka akaba ari ko kazi akora muri hoteri, 

    ntibimutunze kandi ntabayeho neza kurusha abantu benshi? Ahubwo 
    mushiki wange atinze kuhagera ngo twungurane ibitekerezo ku buryo 
    tuzajya dufatanya mu mirimo yose.”

    Ntibyatinze rero Mahoro agera mu rugo aje mu biruhuko. Nuko abanza 
    kuganira n’ababyeyi be na musaza we, ababwira amakuru yo ku ishuri 
    na bo bamubwira ayabo. 

    Umugoroba ugeze, Mahoro na Sugira baraganira, bumvikana ko bagiye 
    kujya bafatanya imirimo yose yo mu rugo maze bagahinga, bagatera 
    intabire, bagakora isuku mu rugo n’ibindi.

    Ntibyatinze uburyo bafatanyaga mu mirimo yose bugaragaza 
    umusaruro. Iwabo hahoraga isuku kurusha mu ngo zose baturanye. 
    Barahingaga barangiza bagatera intabire, hanyuma bakabona igihe 
    cyo gusoma ibitabo no guhugurana mu byo biga. 

    Ibyo byatumye bakundana, maze abana bose babareberaho, bigana 
    urugero rwabo. Se wabanje kutabyumva kubera ko yari agitsimbaraye 
    ku bya kera, yageze aho arabashima, maze na we atangira kujya 
    afasha nyina mu mirimo itandukanye yo mu rugo. Abishyize hamwe 
    ntakibananira.


    I. Inyunguramagambo

    a) Musobanure aya magambo:
     1. Intabire                             3. Amahoteri
     2. Kugandisha                      4. Kungurana ibitekerezo

    b) Umwitozo w’inyunguramagambo

     Mwubake interuro ziboneye zikoreshejwemo aya magambo 
    ku buryo mwumvikanisha ko mwumva icyo asobanura.

     1. Intabire                             3. Amahoteri 

     2. Kugandisha                     4. Kungurana ibitekerezo

    II. Ibibazo ku mwandiko

    Nimusubize ibi bibazo byo kumva umwandiko mu magambo 
    yanyu bwite
     1. Ni ba nde bavugwa mu mwandiko?
     2. Ni iyihe mirimo yo mu rugo ivugwa mu mwandiko? 
     3. Mahoro yiga iki? 
     4. Sugira arashima iki umwuga wo gukora ibijyanye n’amahoteri? 
     5. Ni iyihe myitwarire ya Sugira wamushimira? 
     6. Ni iyihe myitwarire igayitse y’ umugabo ivugwa mu mwandiko? 
    III. Gusesengura umwandiko

    Musubize ibi bibazo:
     1. Ni iki kivugwa muri rusange muri uyu mwandiko?
     2. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko?
    IV. Kungurana ibitekerezo ku byavuzwe mu 
    mwandiko
    Mwungurane ibitekerezo kuri iki kibazo:
     Muhereye ku myitwarire ya se wa Sugira mubona ari izihe 
    ngaruka byatera mu muryango?
    V. Guhanga bandika.

    Subiza iki kibazo:

     Komeza iyi nkuru werekane irindi herezo iyo uyu mugabo 
    atisubiraho


    4.2. Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mashuri.

    good

    Mu Rwanda ndetse no ku isi yose, uburere bw’umwana w’umukobwa 
    bwitaweho, kugira ngo barusheho kumuteza imbere kuko usanga mu 
    mateka yaragiye atitabwaho bihagije. 

    Impamvu zatumaga abakobwa batigishwa nka basaza babo, ni uko 
    babanje gufatwa nk’abantu bagenewe gushaka no kubyara, kandi 
    bagafatwa nk’abafite ubushobozi buke mu bijyanye n’imyigire.

    Mu gihe batangiye kwiga na bwo, ahenshi bakunze kwigishwa amasomo 
    ajyanye no gukora imirimo yoroheje. 

    Kuri ubu abakobwa bagomba kwiga kimwe n’abahungu, bagahabwa 

    iby’ibanze bibafasha kwiga neza kimwe na basaza babo.
    Mu bintu byakundaga gutera abakobwa ipfunwe bari ku ishuri ni 
    iyo babaga bagiye mu mihango. Abenshi basibaga ishuri ndetse 
    bakamara iminsi myinshi. Abandi bajyaga bamwazwa na basaza babo 
    ugasanga babavugiriza induru. Nyamara ibyo ntibikiriho. Abakobwa 
    bashyiriweho uburyo bwo kwisukurira ku ishuri mu gihe bagiye mu 
    mihango, bagenerwa icyumba cyabo kirimo ibikoresho bitandukanye 
    bakenera muri icyo gihe. 
    Abahungu kandi na bo bagomba kumenya ko kujya mu mihango 
    kwa bashiki babo atari ikintu kibi. Ahubwo ni ikimenyetso cy’uko 
    bazaba ababyeyi bakabyara abana nk’uko na bo bavutse. Ababiseka 
    rero bagomba gufatwa nk’abatabihugukiwe, bagasobanurirwa kandi 
    bakihanangirizwa ko batagomba gukwena bagenzi babo kubera uko 
    bavutse.
    Abakobwa rero kimwe n’abahungu, bagomba guhabwa amahirwe 
    angana yo kwiga, kandi buri wese akiga ibihwanye n’ubushobozi bwe, 
    ntihagire uhezwa mu mashuri aya n’aya. 
    Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mashuri ni bwo shingiro ry’amajyambere 
    nyakuri, atagira uwo aheza. 

    Nimuze twese tubushyigikire, abana b’abakobwa kimwe n’ab’abahungu 
    babone amahirwe angana yo kwiga kandi buri wese yige ibyo yumva 
    bimubereye kandi yiyumvamo.
    Nyamara buhorobuhoro, abakobwa na bo bagaragaje ko bashoboye 

    amasomo y’ubumenyi ndetse n’ay’imyuga.

    Kuri ubu abakobwa bagomba kwiga kimwe n’abahungu, bagahabwa 
    iby’ibanze bibafasha kwiga neza kimwe na basaza babo.
    Mu bintu byakundaga gutera abakobwa ipfunwe bari ku ishuri ni 
    iyo babaga bagiye mu mihango. Abenshi basibaga ishuri ndetse 
    bakamara iminsi myinshi. Abandi bajyaga bamwazwa na basaza babo 
    ugasanga babavugiriza induru. Nyamara ibyo ntibikiriho. Abakobwa 
    bashyiriweho uburyo bwo kwisukurira ku ishuri mu gihe bagiye mu 
    mihango, bagenerwa icyumba cyabo kirimo ibikoresho bitandukanye 
    bakenera muri icyo gihe. 

    Abahungu kandi na bo bagomba kumenya ko kujya mu mihango 
    kwa bashiki babo atari ikintu kibi. Ahubwo ni ikimenyetso cy’uko 
    bazaba ababyeyi bakabyara abana nk’uko na bo bavutse. Ababiseka 
    rero bagomba gufatwa nk’abatabihugukiwe, bagasobanurirwa kandi 
    bakihanangirizwa ko batagomba gukwena bagenzi babo kubera uko 
    bavutse.

    Abakobwa rero kimwe n’abahungu, bagomba guhabwa amahirwe 
    angana yo kwiga, kandi buri wese akiga ibihwanye n’ubushobozi bwe, 
    ntihagire uhezwa mu mashuri aya n’aya. 
    Uburinganire n’ubwuzuzanye mu mashuri ni bwo shingiro ry’amajyambere 
    nyakuri, atagira uwo aheza. 

    Nimuze twese tubushyigikire, abana b’abakobwa kimwe n’ab’abahungu 
    babone amahirwe angana yo kwiga kandi buri wese yige ibyo yumva 

    bimubereye kandi yiyumvamo.

    I. Inyunguramagambo
    a) Musobanure aya magambo:
     1. Kujya mu mihango
     2. Icyumba cy’umukobwa
     3. Gukwena

     4. Ipfunwe

    b) Umwitozo w’inyunguramagambo
     Mwubake interuro ziboneye mukoresheje aya magambo
     1. Kujya mu mihango
     2. Icyumba cy’umukobwa
     3. Gukwena
     4. Ipfunwe
    II. Ibibazo byo kumva umwandiko
    Musubize ibi bibazo byo kumva umwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.
     1. Iyi nkuru iravuga kuki?
     2. Kera umukobwa yafatwaga ate mu bijyanye no kwiga?
     3. Kuki kuri ubu umukobwa ahabwa amahirwe angana 
    n’ay’umuhungu mu kwiga?
     4. Ese kujya mu mihango bikwiye gutera ipfunwe umwana 
    w’umukobwa? Sobanura.
     5. Umwanditsi ararangiza atugira iyihe nama?
    III. Gusesengura umwandiko

    Subiza ibi bibazo:
     1. Ni iki wigiye kuri uyu mwandiko? 
     2. Andika inshamake yawo mu mirongo itarenze icumi.
     3. Ni iki kivugwa muri rusange muri uyu mwandiko?
     4. Garagaza ingingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko.
    IV. Kungurana ibitekerezo ku mwandiko
    Mwungurane ibitekerezo kuri iki kibazo:

     Uramutse ufite abana babiri umuhungu n’umukobwa hakaboneka 
    ubushobozi buke bwo kubarihira amashuri wahitamo nde ngo abe 
    ari we wiga? Garagaza impamvu.


    4.3. Uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngo no mu 

    mashuri.

    good

    Muri iki gihe, haravugwa cyane ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye 
    hagati y’abana b’ibitsina byombi. Ese bwifashe bute? Abantu bose 
    babwumva kimwe? Babushyira mu ngiro kimwe? Kera ibintu byari 
    byifashe bite? Ubu bwo bimeze bite? Ibitekerezo tugiye kwandikaho 
    biraza bisubiza ibi bibazo kimwe n’ibindi ntarondoye. 

    Sinatangira kuvuga ku mibanire yacu hagati y’abakobwa n’abahungu, 
    ntabanje kuvuga icyo numva ku buringanire n’ubwuzuzanye. 
    Nagerageje kubaza abantu bakuru icyo uburinganire n’ubwuzuzanye 
    ari cyo. Abansobanuriye, bambwiye ko abakobwa mu gihe cyahise 
    bagiye bakandamizwa, ntibahabwe umwanya mu iterambere kimwe 
    n’abahungu. Aho rero ni ho haturutse amahame agamije guha umuhungu 
    n’umukobwa umwanya umwe mu bibera kuri iyi si dutuyeho, bityo bose 
    bagafatanya kuyubaka ntawukandamije undi. 

    Mu ngero nyinshi bampaye, numvisemo ko abakobwa kenshi bafatwaga 
    nk’abadakeneye kwiga, kuko bagomba kwita ku ngo bakaba rero batari 
    bakeneye kujya mu mashuri. Muri uyu mwandiko, nange nifuje kuvuga 
    uko mbona ibijyanye n’uburinganire hagati y’abahungu n’abakobwa, 
    nkurikije ibyo nagiye mbona ku bibera mu ngo no mu mashuri cyangwa 

    ibyo nagiye nganiraho na bagenzi bange.

    Muri iki gihe rero, uburinganire mbona na bwo butaragerwaho cyane 
    mu ngo. Abana b’abakobwa baracyavunishwa kuko bafatwa nk’aho ari 
    bo bagomba kumenya imirimo yo mu rugo nko guteka, gukora isuku, 
    kumesa imyenda, no kubaha basaza babo.

    Nitanzeho urugero, mbere nkiri muto nabonaga akanya ko gukina na 
    musaza wange, nimugobora tugakorera hamwe imikoro, twarangiza 
    tukareba tereviziyo ndetse tugataramana n’ababyeyi bacu, nange 
    nkumva n’ibitekerezo bya data.

    Nyamara aho mariye kugera mu mwaka wa gatanu, mama yatangiye 
    kumbwira ngo ninge njya rimwe na rimwe mu gikoni ndebe uko bateka 
    kandi nange mbyitoze. Nashatse no gusigana ngo kuki musaza wange 
    we ataza ngo dufatanye, mama ambwira ko nge nk’umukobwa ngomba 
    kumenya guteka, kuko nintabimenya urugo ruzananira. 

    Mama rero, yageze n’aho ajya ambwira ngo ninge mfasha musaza 
    wange, mumesere imyenda. Namubaza nti: “Ese kuki namumesera 
    we ntamesere, akambwira ko ngomba kwitoza kubaha umugabo 
    nzashaka.” 

    Muri iki gihe iyo umukozi adahari, usanga imirimo yambanye myinshi, 
    ngateka, nkoza ibyombo n’ibindi. Sinkibona umwanya wo kujya gukina. 
    Hambere aha bwo nagiye gukina ntashye ntinze hamwe na musaza 
    wange, mama arantonganya. Yambwiye ko umukobwa agomba gutaha 
    kare. Ngo gutaha ntinze byazamviramo kwiyandarika. 

    Musaza wange we usanga yifitiye uturimo duke nko gukoropa mu nzu, 
    kujya guhaha rimwe na rimwe no gutera ipasi. 
    N’ubwo mbona akanya ko gukora imikoro kimwe na musaza wange, 
    umwanya wo kwidagadura mbona tutawuhuje rwose.

    Mpereye kuri izi ngero zitandukanye, mbona uburinganire hagati 
    y’abakobwa n’abahungu butaragerwaho. Umukobwa aracyahabwa 
    uburere bugamije kumutegurira kuzaba umugore urebwa cyane 

    n’inshingano zo mu rugo kurusha umuhungu. Ni ngombwa ko ababyeyi 

    bacu bakomeza guhabwa amahugurwa bakumva neza na bo ihame 
    ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bityo bagahinduka bakajyana n’igihe. 
    Ni bwo natwe bazabudutoza nk’uko mu ngo zimwe na zimwe babwumva 
    neza bafata abana babo kimwe bakabaha n’amahirwe angana muri 
    byose.

    Mu mashuri ho mbona bisa n’ibyagezweho, kuko abakobwa bitabwaho, 
    bagahabwa ibikoresho bibafasha kwisukura nk’igihe bagiye mu mihango 
    ntibitume basiba ishuri. Imikoro n’indi myitozo yo ku ishuri usanga ihuza 
    abakobwa n’abahungu, bose bagahabwa umwanya wo kujya imbere 
    bagatanga ibitekerezo. Uretse wenda abakobwa bamwe usanga 
    bakomeza kugira amasonisoni, usanga mu mikino yose dushobora 
    kuyitabira.

    Gusa ntitwabura kwemeza na none ko hari imikino usanga abahungu 
    bashoboye kurusha abakobwa, nk’uw’umupira w’amaguru; abakobwa 
    na bo bakagira imikino bashoboye kurusha abahungu.

    Mu kwanzura rero navuga ko uburinganire n’ubwuzuzanye hagati 
    y’abahungu n’abakobwa bugenda bugerwaho mu mashuri. Ariko mu 
    ngo, henshi haracyatangwa uburere butuma umukobwa azakomeza 
    kuba ari we wenyine ushingwa imirimo yo mu rugo. Twizere ko bizagenda 
    bihinduka buhorobuhoro uko igihe gihita kikajyana n’imyumvire yacyo 
    n’uko amajyambere agenda yiyongera. 


    I. Inyunguramagambo:
    a) Musobanure aya magambo:
     1. Ntawukandamije undi
     2. Baracyavunishwa
     3. Gusigana
     4. Kwiyandarika
     5. Amajyambere
     6. Kujya mu mihango
    b) Umwitozo w’inyunguramagambo
     Mwubake interuro zikoreshejwemo amagambo zumvikanisha 
    ko mwumva icyo asobanura.
     1. Ntawukandamije undi           2. Baracyavunishwa
     3. Kujya mu mihango                   4. Gusigana

     5. Kwiyandarika                             6. Amajyambere

    c) Vangura amagambo ureme interuro ziboneye.
     1. nyakuri, bwo, uburinganire, mu muryango, n’ubwuzuzanye, ni.
     2. kubuza, ntawukwiye, w’umukobwa, w’umuhungu, cyangwa, 
    umwana, kwiga.
    II. Ibibazo ku mwandiko:
    a) Nimusubize ibi bibazo byo kumva umwandiko mu 
    magambo yanyu bwite
     1. Ni gute mu gihe cyo hambere abakobwa bakandamizwaga?
     2. Kuki mu gihe cyo hambere abakobwa bafatwaga 
    nk’abadakeneye kwiga?
     3. Garagaza impamvu umwana w’umukobwa akeneye kumva 
    ibitekerezo bya se?
     4. Umukobwa ashatse gusiganya musaza we nyina yamubwiye 
    ngo iki? Gira icyo ubivugaho.
     5. Ni iki kivugwa ko kidindiza uburinganire bw’umwana 
    w’umukobwa n’uw’umuhungu?
     6. Ni iki kigaragaza ko uburinganire bw’umwana w’umukobwa 
    n’uw’umuhungu bugenda bugerwaho mu mashuri?
    b) Subiza ukoresheje yego cyangwa oya. Nyuma usobanure 
    impamvu ubyemeza cyangwa ubihakana.
     1. Umuhungu afite uburenganzira bungana n’ubw’umukobwa.
     2.. Uko imyaka ishira ni ko ababyeyi bagenda bumva 

    uburenganzira bw’abana.

    III. Gusesengura umwandiko:
    Musubize ibi bibazo:
     1. Ni ibihe bitekerezo by’ingenzi bivugwa muri uyu mwandiko?
     2. Uwanditse uyu mwandiko urumva igitekerezo ke ari ikihe? 
    Yemeza ko uburinganire n’ubwuzuzanye bwagezweho cyangwa 
    agaragaza ko hakiri intambwe igomba guterwa?
     3 Ingero atanga wumva zimufasha kutwemeza ko ibyo avuga ari 
    ukuri?
     4. a) Umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngo no mu 
    mashuri” utangira ute?
     b) Usozwa ute?
     c) Uwahanze uwo mwandiko yifashishije iki kugira ngo 
    agaragaze ko ibitekerezo atanga ari ukuri?
     6. Musome ibikurikira ku ihangamwandiko maze mukore imyitozo 
    bijyanye. 
    4.4. Ihangamwandiko
    Subiza ibibazo bikurikira.
    a) Garagaza ibice by’ingenzi bigize uyu mwandiko werekane aho buri 
    gice gitangirira n’aho kirangirira. 
    b) Umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu ngo no mu 
    mashuri” ufite ibika bingahe?
    1) Inshoza y’ihangamwandiko
    Guhanga umwandiko ni ugutanga ibitekerezo uhitamo uruhande 
    ubogamiraho ku nsanganyamatsiko yatanzwe, wabanje kwiga ikibazo, 
    ukifashisha ingingo zumvikana kandi zifatika ndetse ziherekejwe n’ingero. 
    2) Amabwiriza y’ihangamwandiko
    Insanganyamatsiko ishobora kuba ijyanye n’iby’umuco, ubukungu, 

    politiki, imibereho y’abaturage, iyobokamana, ubutabera n’ibindi.

    Insanganyamatsiko ushobora kuba wayihawe cyangwa wayitekereje 

    wowe ubwawe. Insanganyamatsiko ni ikintu k’ingenzi kigomba 

    kwitonderwa, kuko ibyandikwa ni cyo biba bishingiyeho, kandi uburyohe 

    bw’umwandiko buturuka ku nsanganyamatsiko n’uburyo wayanditse.

    N’ubwo buri muhanzi agira inganzo ye mu buryo bwo kuryoshya 

    igihangano, hari amahame y’ingenzi agomba gukurikizwa kugira ngo 

    umuntu aboneze igihangano ke. Ayo mahame ni:

    good

    1. Gutekereza
    Mbere yo kwandika ubanza gutekereza ku nsanganyamatsiko ushaka 
    kwandikaho, ukayiyumvisha, ukayigira iyawe, cyanecyane iyo ari iyo 
    wahawe. Kumva ingingo wandikaho bikorwa mu byiciro bibiri:
    a) Kuyisoma witonze, ukayisesengura, ushaka inyito z’amagambo 
    ayigize. Impamvu ni uko ijambo rimwe rishobora kugira inyito 
    nyinshi.
    b) Gushakamo ijambo cyangwa amagambo fatizo yaguha inzira 
    n’imbibi by’insanganyamatsiko.
    .Iyi ntambwe ya mbere ni ingenzi kuko udashobora  kubona ibitekerezo utanga  

    ku bintu nawe utumva neza.

    2. Kwegeranya ingingo (ibitekerezo).

    Iyo umaze kumva neza insanganyamatsiko, utangira kwandika ku 

    rupapuro rwo guteguriraho ibitekerezo. Ukusanya ingero, amagambo 

    meza yavuzwe n’abandi, ibyawe ubwawe waba uzi, n’ibindi. Biba byiza 

    iyo insanganyamatsiko wandikaho uyiziho byinshi, kandi ugashingira ku 

    bintu bifatika.

    good

    3. Guhitamo inzira (Guhitamo uruhande ushyigikira)
    Mbere yo kwandika ugomba guhitamo imwe mu nzira eshatu zishoboka: 
    niba igitekerezo gikubiye mu nsanganyamatsiko ari cyo uragishyigikira, 
    niba atari cyo ukakirwanya, niba ubona nta ho wabogamira ujya 
    hagati no hagati ugatanga igitekerezo kidafite aho kibogamiye, ariko 
    gikosora impande zombi: urw’abakirwanya n’urw’abagishyigikiye.
    Niba insanganyamatsiko yatanzwe ari ikibazo, ushaka uburyo 
    wagisubiza uhereye ku ngingo wegeranije.
    Hari amoko abiri y’ingingo zigufasha kugera ku bitekerezo biboneye:
    – Ingingo zishyigikira ibitekezo byawe cyangwa byatanzwe.
    – Ingingo zivuguruza ibyo bitekerezo.
    Izo ngingo zombi zigufasha kugera ku bitekerezo biboneye.
    Izo ngingo zombi zigufasha kugera ku bitekerezo biboneye. 

    good

    4. Gukora imbata:
        Imbata y’umwandiko igira ibice bitatu by’ingenzi:
     a) Intangiriro (iriburiro)
     b) Igihimba
     c) Umusozo (umwanzuro)
    4.1. Intangiriro
        Intangiriro y’umwandiko, bayita na none iriburiro.
        Muri icyo gice, dushobora gusangamo:
     – Ibikubiye mu mwandiko n’inyungu bawutezeho.
     – Ibice by’ingenzi bikubiye mu mwandiko wawe.
     – Impamvu ugiye kwandika.
       Iriburiro rigomba kuba ryujuje ibi bikurikira:
     a) Kuba ari rigufi, rifite ireme, riteye amashyushyu, ku buryo 
        urisomye agira amatsiko yo gusoma ibikurikiyeho.
     b) Mu iriburiro, ntugomba kunyura kure cyane; ugomba guhita 
        umenyesha icyo ugiye kwandikaho.

    c) Mu iriburiro, ntugomba guhita werekana uruhande ubogamiyeho 
    ku nsanganyamatsiko, kuko waba umaze amatsiko abasoma, 
    ntibakomeze gusoma.
    4.2. Igihimba 
     Ni igice kivuga ku nsanganyamatsiko ku buryo burambuye. Iki gice 
    kerekana ibitekerezo n’ingingo zinonosora kandi zumvikanisha 
    uruhande nyir’ukwandika ashyigikiye. Kubera uburebure bw’igihimba, 
    n’ibitekerezo binyuranye bikigize, iki gice kigenda kigabanywamo ibika. 
    Ku ntangiriro ya buri gika, hajya ijambo rigihuza n’icyakibanjirije, ku 
    buryo hagaragaramo uruhererekane rw’ibitekerezo. Ibyo bikorwa 
    no hagati y’intangiriro n’igihimba, ndetse no hagati y’igihimba 
    n’umusozo.
     Ayo magambo yunga igika n’ikindi ni nka:
     – Nk’uko tumaze kubivuga haruguru, 
     – Nyamara,
     – Bitabangamiye ibyo tumaze kuvuga, 
     – Bityo rero, 
     – Mu by’ukuri…
    Impugukirwa:
    a) Inzira wahisemo, ntihita igaragara mu ntangiriro y’igihimba. Ahubwo 
        igenda iyobora ibitekerezo byawe, yumvikana ku buryo buziguye mu 
        bitekerezo, mu ngero, mu magambo yavuzwe n’abandi usubiramo…
    b) Buri ngingo y’ingenzi, igenda yiharira igika.
    c) Hari igihe ikibazo cyagira ibisubizo cyangwa ibitekerezo bibiri. Icyo 
       gihe ubanza kwigizayo icyo utemera (kugisenya), kitajyanye n’inzira 
       yawe, hanyuma ukabona gukurikizaho igitekerezo wowe ushyigikiye.
       Urugero: Bamwe bavuga ko isi n’ibiyiriho bitaremwe n’Imana. 
       Nyamara, iyo witegereje ubuhanga byaremanywe… ntiwabura 
       kuvuga ko ababitekeza batyo bibeshye. 
    d) Ntukagaruke ku gitekerezo wavuze.

    e) Ingingo zigenda zikurikirana ukurikije ingufu, inyurabwenge 
    n’injyabihe ku buryo ugenda wumvisha umusomyi inzira yawe kandi 
    uyimwemeza.
    4.3. Umusozo
       Umusozo ni igice kerekana ku mugaragaro uruhande rw’umwanditsi 
       ku kibazo cyavuzwe mu iriburiro. Nta ngingo nshya izamo. Iki gice 
        gishobora gufata intego zikurikira:
     – Kwanzura ibitekerezo byawe muri make.
     – Gutanga inama iyo ari ngombwa.
    5. Kwandika
        Kwandika, ntibikorwa umujyo umwe, ndetse iyo ari ngombwa byafata 
        n’iminsi, kugira ngo ushobore kwandika utuje neza. Nyuma rero usubira 
       mu byo wateguye, ugakuramo ibitari ngombwa, ibyisubiramo, ibikabya, 
       ndetse ukongeramo ibyaba bibuzemo. Muri iki gice kandi, ni ho ushakisha 
       amagambo yabugenewe kandi aryoshye. Byongeye kandi uboneraho 
       ugakosora amakosa y’imyandikire n’utwatuzo.
       Mu mwandiko, ntugatinye gushyiramo ibitekerezo n’ingero bishimishije, 
        bisekeje, ariko byose bigusha ku byo wiyemeje kwigisha.
      Imyitozo: 
    1) Nimwongere musome umwandiko wahanzwe ku nsanganyamatsiko: 
    “Uko uburinganire n’ubwuzuzanye buteye mu ngo no mu mashuri” maze 
       mugaragaze ibice by’ingenzi biwugize hanyuma mushushanye uko biteye 
      ku rupapuro.
      2) Hanga umwandiko utarengeje ipaji ebyiri kuri iyi nsangamatsiko:
      Uko abakobwa n’abahungu bafatanya mu mirimo y’ishuri no mu mikoro 
      ku ishuri nigaho.
    good

    Insanganyamatsiko:

    good


     

    Mu ishuri habonetsemo ababishyigikiye n’abatabishyigikiye. Umwarimu 
    yasabye ababishyigikiye gushyira urutoki hejuru, maze baba makumyabiri 
    na babiri ku banyeshuri mirongo ine na batanu twigana. 
    Ubwo yasabye ababishyigikiye kujya ukwabo abagabanyamo amatsinda 
    abiri, hanyuma n’abatabishyigikiye bigabanyamo amatsinda abiri, maze 
    buri tsinda ritegura ibitekerezo byaryo ku mpapuro. 

    Amatsinda yahawe amazina ya A, B, C, D.

    Amatsinda A na C yari arimo abashyigikiye ko abahungu bafatirwa ku 
    manota menshi naho amatsinda B, D arimo abatabishyigikiye. Ijambo 
    ryagendaga rihabwa umukobwa cyangwa umuhungu wo mu itsinda 
    A cyangwa C, agakurikirwa n’undi mukobwa wo mu itsinda B/D ngo 
    ajore ibitekerezo byatanzwe

    Umukobwa wo mu itsinda A: Nge rwose nshyigikiye ko abahungu 
    bafatirwa ku manota menshi kuko bagiye biga kuva kera, bakaba 
    barize ari benshi ku buryo buhagije kurusha abakobwa. Amateka 
    arabigaragaza kuko no mu myanya y’ubuyobozi no muri za kaminuza, 
    abakobwa bari bakiri bake cyane. Iki rero ni cyo gihe cyo kubateza 
    imbere ngo na bo batange umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda.

    Umukobwa wo mu itsinda B: Twe mu itsinda ryacu twunguranye 
    ibitekerezo dusanga biriya rwose atari byo. Niba abakobwa ba kera 
    barakandamijwe, ibyo byararangiye, ntibyagombye kudukurikirana. 
    Nge numva umuntu atakosora amakosa akora ayandi. Kuko niba 
    ibyo byarabayeho mu mateka bigomba gukosorwa ariko noneho 
    twese tukaringanizwa, bagafatira ku manota amwe, uyafite akagenda, 
    utayafite agasigara, hatarebwe icyo ari cyo. Icyo gihe ubushobozi ni 
    bwo bwaba bushingiweho.

    Umuhungu wo mu itsinda C: Nge ndabona gufatira ku manota 
    atandukanye ku bahungu n’abakobwa ari byiza. Nk’ubu iwacu 
    abakobwa nkurikira babiri bose ntibashoboye kwiga, kubera ko 
    babashyingiye bakiri bato. Nyamara bakuru bange bose barize. Nge 
    rero numva abakobwa na bo bakwiye gushyigikirwa bakiga ari benshi, 
    bakaziba icyuho cyatewe n’uko kera abakobwa batitabwagaho cyane 
    mu kubigisha.

    Umukobwa wo mu itsinda D: Ngewe simbishyigikiye kuko hari 
    musaza wange utarashoboye kwemererwa kujya mu mashuri biga 
    bacumbikirwa kandi nyamara abakobwa yari yarushije bo babonye 
    ibigo. Kuri nge rero mbifata nk’akarengane kuko niba tugomba 
    kuringanira, tugomba kuringanira nyine, ntihagire urengana.

    bakobwa n’abahungu. None rero nimutange umwanzuro:
    Umukobwa wo mu itsinda A: Ngewe umwanzuro natanga ni uko 
    Leta yakora uko ishoboye rwose hakiga abakobwa benshi bashoboka. 
    Umukobwa wo mu itsinda B: Nge mbona atari wo muti, kuko gufata 
    umunyeshuri ufite amanota make hagasigara ufite menshi, bibabaje. 
    Nge umuti natanga ni uko hafatirwa ku manota amwe, kugira ngo 
    hatagira uwumva ko yaharenganiye. 

    Umuhungu wo mu itsinda C: Nge mbona iki ari igihe kiza cyo guha 
    abakobwa umwanya na bo ngo batange umusanzu wabo mu kubaka 
    igihugu. Kuba abagabo ari bo bize cyane bituma hari icyo Igihugu 
    gihomba mu burere bw’abana mu ngo, mu mikoreshereze y’umutungo 
    n’ahandi. Nge mbona guteza imbere umukobwa byaba ari ugukemura 
    ikibazo cy’uburinganire n’ubwuzuzanye mu nzego zose. Kuba nta 
    bakobwa benshi bize mbere mbona ari yo mpamvu baba bake mu 
    nzego zitandukanye. 

    Umuhungu wo mu itsinda D: Nsangiye igitekerezo na mugenzi 
    wange ko abana bose bagomba gufatwa kimwe. Ibindi byaba ari 
    akarengane.

    Umwanzuro: Burya rero, Leta ntipfa gushyiraho ingamba izi n’izi 
    batabanje kuzigaho. Kuba hari abakobwa bahabwa ibigo kandi hari 
    abahungu babarushije amanota batabibonye, ni uko abahungu baba 
    wenda batsinze ari benshi, kandi ibigo bigomba kubakira ari bike. 
    Mwibuke ko hari ibigo by’abakobwa bitakira abahungu, ariko ibigo 
    byinshi byigamo abahungu biba byakira n’abakobwa. Gusa na none hari 
    ibigo byakira abahungu gusa nka za seminari zirererwamo abitegura 
    kuba abapadiri. Ntihazagire rero ucika intege ngo ni uko atahawe ikigo 
    yigamo acumbikirwa kuko ubu uburezi bwakwiriye hose mu Rwanda. 
    Icya ngombwa ni ukwiga ushyizeho umwete. Kandi uko amashuri 
    azagenda yiyongera icyo kibazo kizakemuka burundu.

    I. Inyunguramagambo
    a) Musobanure aya magambo ukurikije uko yakoreshejwe 

    mu mwandiko.
     1. Itsinda 
     2. Kuziba icyuho
     3. Akarengane
     4. Gucika intege
    b) Koresha aya magambo akurikira mu nteruro yawe bwite 
    ukurikije uko yakoreshejwe mu mwandiko:

     1. Itsinda 
     2. Kuziba icyuho
     3. Akarengane
     4. Gucika intege
    II. Ibibazo ku kiganiro mpaka:
    Nimusubize ibi bibazo byabajijwe ku mwandiko mu magambo 
    yanyu bwite.

     1. Umaze gusoma cyangwa kumva iki kiganiro mpaka, wowe 
    wumva ushyigikiye uruhe ruhande?
     2. Mubona abanyeshuri baratanze ibitekerezo bifite ireme?
     3. Ibitekerezo abanyeshuri batanze bihuriye he n’umwanzuro 
    watanzwe n’umwarimu? 
     4. Ese ubona umwanzuro watanzwe n’umwarimu ushyigikiye 
    uruhe ruhande?
     5. Muhereye ku buryo impande zitandukanye zagiye zitanga 
    ibitekerezo muri iki kiganiro, mwavuga ko ikiganiro mpaka ari 
    iki? 
     6. Ikiganiro mpaka kiba kigamije iki?
     7. Amabwiriza agenga ikiganiro mpaka ni ayahe?

    4.6. Ikiganiro mpaka
    1. Inshoza y’ikiganiro mpaka

    Ikiganiro mpaka ni ikiganiro kiba hagati y’abagize amatsinda abiri 
    basobanura neza ibitekerezo byabo, mu gihe abandi bo batabyemera 
    bagerageza kubereka ko ibyabo ari byo biboneye.
    Itsinda rimwe rishyigikira ingingo yo kuganiraho yatanzwe naho irindi 
    rikayivuguruza. Mu biganiro mpaka abantu birinda kujya impaka za 
    ngo turwane, iyo uvuguruza igitekerezo cya mugenzi wawe ugaragaza 
    ikinyabupfura mu magambo uvuga no mu marenga ukora. 

    Mu kiganiro mpaka hagaragaramo umuyobozi w’ibiganiro, umwanditsi, 
    ushinzwe kugenzura igihe n’ushinzwe imvugo iboneye. Abo kandi baba 
    begeranye; hakaboneka n’impande ebyiri: uruhande rushyigikira ingingo 
    yatanzwe n’ uruhande ruyivuguruza.
    2. Intego y’ ikiganiro mpaka 

    Ibiganiro mpaka mu mashuri bituma abanyeshuri bakorera hamwe, 
    ibitekerezo byubaka bigatangwa, bakunguka amagambo mashya. 
    Abanyeshuri bakora ubushakashatsi, bakandika, bakabaza kandi 
    bagasobanukirwa. Gusobanukirwa kuvuye mu gucukumbura bituma 
    bagira ubushobozi mu gusoma no kwandika bigendanye n’ibyo bagomba 
    kwiga, bakagira uruhare mu masomo yabo bafashijwe n’umwarimu.

    Ibiganiro mpaka bituma umunyeshuri aba intyoza mu kuvuga, 
    gushakashaka, gusoma,kwandika, gutekereza no gutanga ubutumwa 
    avugana n’abandi. Ibiganiro mpaka bituma abanyeshuri mu rwego 
    barimo urwo ari rwo rwose batanga ibitekerezo bifasha abandi mu 
    mibanire myiza no mu bukungu kandi batagize uwo bakomeretsa.

    Mbere yo kujya impaka muhitamo igitekerezo kigibwaho impaka.
    Igitekerezo kigibwaho impaka gishingira ku byigwa kugira ngo abiga 
    barusheho gusesengura ibyo biga.

    3. Uko ubushakashatsi bwakorwa
    Abanyeshuri bahabwa umwanya nk’amasaha atatu bashakisha 
    ibitekerezo. Umwarimu abereka uko babyandika. Ibi bituma abanyeshuri 

    bagaragaza impano zabo mu mitekerereze, mu gutanga ibitekerezo no 
    mu kwiyoborera ibiganiro ubwabo.
    4. Mu gihe bajya impaka.
    Hatoranywa umuyobozi w’ibiganiro. Ashobora kuba umwarimu cyangwa 
    umunyeshuri. Umuyobozi agomba kuvuga adategwa, akagaragaza 
    ikinyabupfura. Atanga amagambo bahererekanya hagati y’abashyigikiye 
    igitekerezo n’abatagishyigikiye, akirinda kubogama.
    Mu gihe bajya impaka, buri munyeshuri ugiye gutanga igitekerezo 
    yerekana ikarita ye yanditseho ko ashyigikira cyangwa avuguruza 
    igitekerezo cy’undi. Iyo umunyeshuri amaze guhabwa ijambo inshuro 
    eshatu, umuyobozi aba amuretse kugira ngo n’abandi babashe gutanga 
    ibitekerezo byabo. 
    5. Gusoza ibiganiro mpaka
    Abajya impaka ubwabo bashobora gusaba ko ikiganiro gisozwa cyangwa 
    se umwarimu akabafasha kugisoza. Buri ruhande rutanga umwanzuro, 
    rukusanya ibitekerezo byatanzwe.
    6. Ibigomba kwitabwaho
    Abanyeshuri bashakira hamwe indangagaciro bagomba kugenderaho 
    mu gihe bajya impaka, harimo izi kurikira:
    good

    Iyo kujya impaka birangiye habaho isuzuma. Abanyeshuri bakoresha 
    urundi ruhande rwa ya karita yanditseho uruhande barimo bakagaragaza 
    uko babonye ikiganiro kigenze. Bashobora kwandika mu muvugo, 

    bagashushanya n’ubundi buryo.

    Umwitozo
    Insanganyamatsiko: Abana b’abahungu n’ab’abakobwa bagomba 
    gukora kimwe imirimo yose yo mu rugo ntawuvuga ngo: umurimo 
    uyu n’uyu wahariwe umukobwa cyangwa umuhungu. Murabishyikiye 
    cyangwa ntimubishyigikiye?
    4.7. Amagambo afatana n’atandukana (nuko, 
    ni uko, n’uko, ni ko, ni ubwo, n’ubwo, 
    nubwo, ni bwo)
    Musome uyu mwandiko maze musubize ikibazo 
    cyabajijweho.

    Injangwe yacitse umurizo
    Injangwe yagiye gufata inkoko, ifatwa n’umutego uyica umurizo. Uko 
    ihuye n’izindi zikagenda ziyiseka bikayitera ipfunwe. Iryo pfunwe rigatuma 
    yumva ifite ubusembwa bukomeye bityo ikifuza ko na zo zamera nka yo.
    Umunsi umwe, ubwo yari mu nzira igenda ijya guhiga icyo kurya, ihura 
    n’indi njangwe na yo itagira umurizo irayihagarika zitangira kuyaga. 
    Nuko irayibwira iti : “Niko mugenzi wange duhuje ubusembwa?” Indi iti: 
    “ Dore re! Busembwa ki?” Imwe ya mbere iti: “Bwo kutagira umurizo”.
    Iya kabiri, imaze kumva ibyo, imara akanya yiyumvira cyane nyuma ivuga 
    nk’itangaye iti: “Akarizo wacitse ni ko kagutera ipfunwe bigeze aho!” 
    Yongeraho iti: “Nge n’ubwo ntagafite ntacyo numva mbaye cyantera 
    ipfunwe mu bandi”.

    Iya mbere, nyuma yo kumva ko iya kabiri ibyo kutagira umurizo nta 
    cyo biyibwiye, iti: “Nyamara kwirengagiza ubumuga bwawe, n’ubwo
    ni ububwa mu bundi kandi ni ko kaga kawe”. Iya kabiri iti: “Ni uko
    utekereza koko? Uranyibeshyaho nta kibazo binteye narangije kwiyakira. 
    Ikibi ni ukugira ikibazo udashobora kugira icyo ugihinduraho ntiwiyakire, 
    ugahora witesha umutwe ku busa. Wowe ububwa bwawe ni ubwo bwo 
    kutiyakira. N’uko kutiyakira nugukomeza kuzakugiraho izindi ngaruka 
    mbi ndakuburiye”. Ikimara kuvuga ibyo, ihita yigendera.

    yo yananiwe kwiyakira na yo ibibonye ityo, ica ukwayo igenda yimyiza 
    imoso. Ngo igere imbere, ihura n’izindi ariko zo zifite imirizo. Ni bwo 
    biyanze mu nda, irazibwira iti: “Mfite ijambo rimwe mbabwira. ” Izindi ziti: 
    “Tuguteze amatwi.” Na yo iti: “Imirizo yacu iraturushya rwose. Kandi 
    n’iyo dushatse kwihisha mu mwobo ntitume twihisha neza uko bikwiye. 
    Twagenda kandi tukayikurura inyuma yacu cyangwa tukayishinga; 
    ntabwo dushobora kuyihisha ngo idukundire. Ndetse n’iyo dushatse 
    gufata imbeba, turayizunguza, zikatwumva zigahunga. Ikindi kandi 
    mutayobewe, ni uko dukunda gufatwa n’umutego ku murizo. 
    Ngewe rero, nanze ko wazongera kundushya ukundi ndawuca. Ni cyo 
    gituma mbagira inama yo kuyica mwese.”
    Izindi njangwe zose zisekera icyarimwe biratinda. Inkuru muri zo irayibaza 
    iti: “Niko, muri twe hari uwakuganyiye ko imirizo yacu iturushya? Igituma 
    utubwira utyo, ahari ni uko wawucitse. Ahubwo urashaka ko natwe 
    tumera nkawe, ngo we kubura umurizo wenyine. Igendere twakumenye.” 
    Nuko ngo yumve ayo magambo, ihita yirukanka yikura ityo mu isoni.
    Musubize ikibazo gikurikira:

    Nimugende muvuga impamvu amagambo yanditse atsindagiye, hamwe 
    yanditswe mu ijambo rimwe, ahandi akandikwa atandukanye.
    Imyandikire y’amagambo: “nuko, ni uko, nuko, niko, ni ko nuko, 
    nubwo, ni bwo, n’ubwo...”

    Amagambo: “nuko, ni uko, n’uko, ni ko, niko ni ubwo, n’ubwo”, 
    yandikwa mu ijambo rimwe iyo yunga igitekerezo ku kindi cyabanje, 
    akandikwa mu magambo abiri iyo ari inshinga “ni” ikurikiwe 
    n’ikinyazina cyangwa akandikwa akaswe iyo agizwe n’icyungo 
    gikurikiwe n’ikinyazina. 
    Ingero zayo n’impamvu yandikwa mu ijambo rimwe cyangwa 
    akandikwa atandukanye 
    Niko muri twe hari uwakuganyiye ko imirizo yacu iturushya?
      Niko: ni ijambo rikoreshejwe bahamagara umuntu.

    – Igituma utubwira utyo, ahari ni uko wawucitse.

    Ni uko: ni amagambo abiri: ingirwanshinga “ni”, ikurikiwe n’ikinyazina 
    mbanziriza “uko”.
    Na yo iti: “Imirizo yacu iraturushya rwose”.
    Na yo: ni amagambo abiri: icyungo “na” n’ikinyazina ngenga “yo” 
    gisimbura injangwe. Mu myandikire icyungo “na” gitandukana 
    n’ikinyazina ngenga muri ngenga ya gatatu.
    – Ni cyo gituma mbagira inama yo kuyica mwese. 
    Ni cyo: ni ingirwanshinga “ni” ikurikiwe n’ikinyazina ngenga “cyo”.
    – Ikindi kandi mutayobewe, ni uko dukunda gufatwa n’umutego ku 
    murizo. 
    Ni uko: Ni ingirwanshinga “ni” ikurikiwe n’ikinyazina mbanziriza 
    “uko”.
    – Nuko ngo yumve ayo magambo, ihita yirukanka yikura ityo mu 
    isoni.
    Nuko: Ni icyungo. Rirunga igitekerezo ku cyakibanjirije.
    – N’ubwo ni ububwa bundi.
    N’ubwo: Ni icyungo “na” gikurikiwe n’ikinyazina nyereka “ubwo”.
    – Ubwiza bwawe ni ubwo kwishimira.
    Ni ubwo: Ni ingirwanshinga “ni” ikurikiwe n’ikinyazina ngenera 
    “ubwo”.
    Imyitozo
    a) Andukura izi nteruro ukosora imyandikire:
     1. Uku gutwi niko numvisha.
     2. Uko uvuga niko na nge mvuga.
     3. Mbese urarizwa nuko bakubenze.
    b) Uzurisha amagambo ukuye mu dukubo:
     1. Umugore yunzwe n’umugabo ……………. arakira (ni uko, 
    n’uko, nuko)
     2. Uku kwezi ……………. gusarura imyaka. ( ni uko, n’uko, nuko)
     3. Uko watwaye ………….nasigaranye birangana. ( ni uko, 

    n’uko, nuko)

    Mfashe ko:
    – Uburinganire n’ubwuzuzanye ku bahungu n’abakobwa ari ngombwa 
       mu mashuri no mu mirimo yo mu rugo kugira ngo iterambere 
       ry’igihugu rigerweho vuba kandi ntawusigaye.
    – Ikiganiro mpaka gituma abantu batanga ibitekerezo byubaka mu 
        kinyabupfura bakirinda gukomeretsa abandi bakagira uruhare mu 
         kubaka Igihugu ndetse n’isi muri rusange.
    – Hari amagambo afatana n’atandukana mu myandikire. Nubwo 
       ajya gusa ariko si amwe mu bisobanuro byayo 
       Ingero: – Nubwo uje sinari ngukeneye.

     – Ni ubwo buki nshaka.

    4.8. Isuzuma risoza umutwe wa kane

    Amateka y’uburinganire n’ubwuzuzanye 
    Uburinganire ni imibanire n’imikoranire hagati y’abantu b’igitsina gore 
    n’igitsina gabo bo mu muryango runaka. Bitewe n’umuco n’amateka 
    usanga hari imirongo igenga imikorere, imibereho, imyambarire, 
    y’abagabo cyangwa abagore. 

    Nyamara kubera ko mu gihe cya kera abagabo ari bo bakunze kugira 
    ijambo, usanga ahenshi baragiye bagenera igitsina gore umwanya uri 
    hasi yabo, bakabafata nk’abanyantege nke, ndetse hamwe na hamwe 
    bagakandamizwa. Uko abantu bagenda bajijuka, ni ko babona ko 
    n’abagore cyangwa abakobwa bafite ubushobozi ari mu by’ubwenge 
    cyangwa mu bijyanye n’imirimo ikenera ingufu. 

    Mu Rwanda rwo hambere, abagore bari bafite inshingano zabo 
    bihariye n’abagabo na bo bakagira izabo bihariye hashingiwe ku ngufu 
    n’uburere bya buri wese. Abahungu bahabwaga uburere bujyanye 
    n’imirimo bari gukora bamaze kuba abagabo, ni ukuvuga kurwanirira 
    igihugu, no kuba umuhizi muri byose. Bigishwaga amateka y’imiryango 
    n’ibisekuruza byabo kugira ngo bamenye uko bazagera ikirenge mu 
    cy’abakurambere babo mu kuba intwari haba ku rugamba ndetse no 
    mu buzima busanzwe.

    Bahabwaga n’imyitozo ngororamubiri kugira ngo bazavemo ingabo 
    z’igihugu. Kubera ko izi zari inshingano z’abagabo, nta mukobwa wigaga 
    ibijyanye na byo. Imirimo nyakuri yari igenewe abahungu ni ukuragira 
    amatungo, gutashya inkwi no kuvoma rimwe na rimwe. Yashoboraga 
    kandi kujya guhiga no guhinga.

    Hari imirimo rero yarindwaga abana b’abahungu nko gukubura, 
    kumesa imyenda, guteka, gusya, koza imbehe n’ibindi kuko byafatwaga 
    nko kubatesha agaciro. Abakobwa bahabwaga uburere bushingiye 
    cyanecyane ku gukora imirimo ireba urugo no kuzavamo abagore 
    bashoboye kwita ku ngo zabo. Mu mirimo bitozaga bakiri bato harimo 
    iyo kuboha imitako itandukanye, guteka, kwita ku bana, gukora isuku 
    mu rugo, no kubaha abagabo babo.

    Umugore yabaga yitezweho kubyara abana benshi kugira ngo 
    umuryango utazacika, maze ibyo bigatuma ahora atwite, yaba 
    adatwite akaba yonsa kandi afite n’abandi bana benshi agomba kwitaho 
    bikamubuza kuba yakwitabira indi mirimo yamuteza imbere. 

    Nyamara ubu ibi byarahindutse. Abana bose barareshya kandi bagomba 
    guhabwa uburere bumwe nta vangura. Abahungu n’abakobwa bose 
    bagomba kwiga. Mu mashuri, amashami yose yoherezwamo abana 
    b’ibitsina byombi kandi abakobwa bagenda bagaragaza ubushobozi 
    kimwe n’abahungu. Biga amashami y’ubumenyi ndetse n’ay’imyuga 
    kandi bakayashobora. Mu kazi, bashobora gukora imirimo imwe, 

    bakinjira mu nzego z’ubuyobozi ndetse bakajya no mu ngabo z’igihugu. 
    Uburinganire n’ubwuzuzanye rero ni ngombwa kugira ngo abantu 
    bose batere imbere ntawuhejwe. Nimuharanire kubushyigikira no 
    kubwimakaza aho muri hose. 
    I. Inyunguramagambo
     1. Sobanura aya magambo ari mu mwandiko 
     a) Umuhizi b) Bagakandamizwa. c) Kujijuka.
     2. Koresha ijambo “ingabo” mu nteruro ebyiri zidahuje 
    inyito

     3. Erekana amagambo asobanura kimwe n’aya aciyeho 
    akarongo ari mu mwandiko:

     a) Abahungu bahabwaga ubumenyi bujyanye n’imirimo bazakora 

    bamaze kuba abagabo. 

    b) Kera abagore n’abagabo bagiraga inshingano zihariye 
    hashingiwe ku ngufu n’uburere byabo.
     4. Kora interuro iboneye ukurikiranya neza amagambo 
    yatanzwe

     a) Ni-na-Imana-yo-abatindi-ibogosha-irema.
     b) Bose-abantu-imbere-barareshya-y’amategeko.
     5. Simbuza aya magambo aciyeho akarongo imbusane 
    zayo
     a) Abagabo bakunze kugira ijambo.
     b) Yashoboraga kubika imyenda ye.
    II. Kumva umwandiko 
     1. Uyu mwandiko uribanda kuki?
     2. Ni iki cyatumaga abagore batitabira imirimo ibateza imbere?
     3. Kuri ubu abakobwa bitwara bate mu mashuri?
     4. Kuki uburinganire n’ubwuzuzanye ari ngombwa?
     5. Igitekerezo cyo kubyara abana benshi cyarahindutse. 
    Mugereranye igihe cya kera n’icy’ubu mu Rwanda.
     6. Andika imirimo ibiri ivugwa mu mwandiko abahungu 
    batakoraga. Mugire icyo muvuga ku mpamvu umwanditsi 
    atanga.
    III. Ikibonezamvugo
     Kosora imyandikire y’amagambo atsindagiye
     1. Impamvu afite ubuzima bwiza nuko anywa ibinyobwa bifite 
    ubuziranenge.
     2. Uko wabikoze nuko nabikoze birasa.
     3. Ubu bwatsi nubwo bwose ndabujyanira inka zange.
    IV. Ihimbamwandiko
     Garagaza imbata y’umwandiko “Amateka y’uburinganire 
    n’ubwuzuzanye”, werekana intangiriro, igihimba n’umwanzuro.
    V. Ibiganiro mpaka
     Jya impaka na bagenzi bawe kuri iyi nsanganyamatsiko: 
    Uburezi budaheza bushyigikira imyigire y’abakobwa kurusha 
    imyigire y’abahungu.

    3 Ubuzima bw’imyororokere5 Gukorera mu mucyo