• UNIT 8: UMUCO WO KUZIGAMA

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    –Gusesengura umwandiko ku muco wo kuzigama, agaragaza ingingo 
    z’ingenzi ziwukubiyemo. 
    –Gusesengura raporo no kuyikora. 

    –Kuzuza neza impapuro zabugenewe. 

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
    Uhereye ku bumenyi usanzwe ufite ku kuzigama, ubona umuco wo 
    kuzigama uteye ute aho utuye n’aho ugenda? Kora ubushakashatsi maze 

    werekane akamaro ko kuzigama mu iteranbere ry’Igihugu.

    VIII.1. Umwandiko: Barayasesa yiha umugambi wo kuzigama


    Iyi si dutuye iteye ukwayo, wicaye ntiwatamira, udatembereye ntiwamenya. 
    Mitima yatangiye kugira inzozi zo gutera imbere se akimara kwitaba Imana. 
    Yagize ayo makuba yo kubura ababyeyi yiga mu mashuri y’inshuke. Nubwo 
    yari ikibondo, yumvaga abantu benshi bamusabira kuko se yabasize bakiri 
    bato. Umunsi umwe ahuye n’umuturanyi we w’urungano bagirana iki kigan
    iro:

    Mitima:
    Barayasesa nkubwire, burya ngo so ukwanga akwita nabi kandi ngo 
    izina ni ryo muntu. Ugira ngo se nkawe ntiwokamwe n’umuruho kuva 
    bakwita Barayasesa!

    Barayasesa
    : Winkura umutima, Habarugira ni mwene Nzahirwa! Komeza 
    uyage yenda ndageraho nkuremo ijambo. Komeza sha! 
    Mitima: Mwasigaye muri bato, kubaho neza birabagora kandi mufite 
    umuryango mugari ukize ibya Mirenge!

    Barayasesa:
    Ariko sha ko numva ushaka kwigira umujyanama w’isi yose, 
    uravugira kuki? ubona undusha kubaho neza?

    Mitima:
    Ahaaa! Ngo na Nyokorome akuruma akurora! Icyashobotse ni kimwe, 
    Bajyinama mwene Mirimo wari waranywanye na data, nubwo yari 
    ageze mu za bukuru, yatwitayeho araturera, adutoza umuco wo 
    kuzigama tukiri bato. Hashize amezi atatu nyuma yo kwera, twituwe 
    ineza n’uwo munywanyi w’umuryango wacu kugira ngo tuzibesheho 
    atakiriho. Yadutoje umuco wo kuzigama, uwo muco uragenda 
    uratwokama none tugeze ahashimishije. Burya ngo ugira neza ineza 
    ukayisanga imbere! Data na we yabaye nka Nyamutegerikizaza wari 
    utuye i Gihinga na Gihindamuyaga.

    Barayasesa
    : Yabahaye amafaranga se? Yabahaye ubuhe bwoko bw’imari 
    mwazigamye? Ese ubu ibyo mwabaga mwifuza cyangwa mukenera 
    mwarabibonye? Mu yandi magambo mwarangije kugera iyo mujya?

    Mitima
    : Icyo yaduhaye cyose, gusa nyine icyo nkubwiye yadutoje kuzigama. 
    Mwe se ababyeyi banyu nta cyo babahaye?

    Barayasesa:
    Baduhaye amafaranga ndetse n’indi mitungo. Nyamara se 
    ntibyadushiriyeho? Umenya baraturoze inyatsi!

    Mitima:
    Nta na rimwe se mwigeze mutekereza kuzigama uwo mutungo 
    mwahawe kugira ngo muteganyirize iminsi?

    Barayasesa:
    Ubwo se umuntu w’umusore ukiri muto nkange akeneye 
    kuzigama? Umuntu atangira gutekereza kuzigama ari uko yashinze 
    urugo.

    Mitima:
    Barayasesa ntukitiranye ibintu, kukubwira ntyo ni uko nabonye 
    akamaro ko kuzigama. Iyo witeganyirije ukiri muto, ugakomeza 
    ukabigira umuco, biraguhira ku buryo igihe kigera ibigo by’imari 
    n’amabanki acuruza amafaranga bikakwizera ugakorana na byo mu 
    buryo bunyuranye. Iyo ugwije ubwizigame ushobora gukuraho igice 
    k’imari ukagishora mu bikorwa bibyara inyungu. Si uko Kanyamibwa 
    yakize kugeza ubwo basigaye bamwita Mirenge!

    Barayasesa
    : Uramponda sinoga. Ushaka kuvuga se ko ubu nkoze nkawe 
    nabyutsa umutwe? Ntabaronkera rimwe nk’abava guca imisigati, 
    kandi wikanira umugisha w’undi ukannya ibuye!

    Mitima:
    Burya sogokuru yari ahugutse pe! Yaraduhanuraga iyo twabaga twicaye 
    ku mashyiga dutaramye yageraho ati: “Muge muzigama izi nama 
    mba mbaha zizabagirira akamaro”. Tukumvisha amatwi n’umutima, 
    tukazirikana ibyo atubwiye tukabibika, kugeza n’ubu impanuro ze 
    nziza ziradutunze. Mu bukungu nk’uko nabihuguwe, igisobanuro 
    cyo kuzigama ni ukubika amafaranga kugeza igihe ugwirije umubare 
    w’amafaranga akwiye kugira ngo ugure icyo ukeneye cyangwa wifuza. 
    Amafaranga udakoresheje uyu munsi ashobora kugufasha kugera ku 
    ntego zawe ejo cyangwa mu gihe kizaza.Ubyumve neza ubizirikane.
     Mu gihe barimo baganira Maharane yakurikiranaga ibiganiro byabo ari 
    iruhande mu gahuru bugufi y’aho bari bahagaze. Ageze aho araza yinjira mu 
    kiganiro. Bakomeza baganira muri aya magambo:

    Maharane
    : Eeee! Ba sha, muri mu biki?

    Barayasesa
    : Banza udusuhuze wa gahungu we! 

    Maharane
    : Mukomere cyane! Nahoze mbumviriza numva mufite imigambi 
    myiza, ifite ikerekezo kizima. Benshi mu rubyiruko bashaka guhindura 
    amateka. Kuzigama mwariho mukomozaho biba byiza iyo bitangiye 
    kare. Abakuru bagira bati: “Iteme umugabo azambuka yakennye 
    aritinda agitunze”. Twe tugifite imbaraga, iki ni cyo gihe cyo kwizigama 
    nubwo twatinze. Twese tuzi ko Mitima yagize umutima wo gutangira 
    kwizigama akimara kuba imfubyi; urabona ataradusize Barayase? 
    Cyakora wowe ngo uri Gakundabakobwa uyasesera inkumi! Umunsi 
    wasesewe n’umuze uzaba utizize?

    Mitima:
    Kuri ngewe Mitima, kuzigama hakiri kare ukabikora kenshi, kabone 
    n’iyo waba ugenda uzigama igiceri kimwe, ukirinda ibirangaza, 
    ibisindisha n’utundi ducogocogo twose tudafite agaciro ni intwaro 
    ikomeye igufasha kuzagera ku cyo ukeneye wiyemeje. Ese wari uzi 
    ko buri wese ashobora kuzigama hatitawe ku myaka umuntu afite 
    cyangwa ku mafaranga yinjiza? Ndamutse mfite agahinja, nahita 
    nkayobora ibigo by’imari nkagafunguriza konti, nkajya nkashyiriraho 
    udufaranga uko natubonye kose. Ariko sha, nimubarire uruhinja 
    kuva ruvutse kugera yenda rukuze rukinjira mu mashuri yisumbuye! 
    Tekereza buri cyumweru waragiye uzigamira uwo mwana kandi na we 
    yarigiye hejuru akajya agira icyo yinagira kuri konti wamufungurije! 
    Uwo mushinga ntiwaba ari mwiza cyane? 

    Maharane:
    Ni byiza mwa bavandimwe mwe kwiha intego no gushyiraho 
    gahunda yo kuzigama. Igihe bifata kugira ngo ugere ku ntego giterwa 
    n’ikiguzi k’icyo ushaka kugeraho, icyo winjiza, ibyo uzigama utangaho 
    amafaranga ndetse n’ibyo umenyereye kugura. Barayasesa aho 
    ntiwacikanwe?

    Barayasesa
    : Ku bwange Barayasesa numva twacutsa ibiganiro; sha ndumva 
    ubu munshinga ibikwasi.
     Nyuma y’icyo kiganiro basezeranaho, buri wese aca ukwe n’undi ukwe. 
    Barayasesa agenda yivugisha ati: “Ririya ryori ryo kwa Ntezirizaza 
    ngo ni Mitima, riteye imbere. Naritanze kubona izuba, niha gucudi
    ka nkiri muto, ndinezeza niha amayoga niha amuki, mfata ingendo 
    zidafite umumaro, noneee! Mfite n’impungenge ko naba naragen
    derewe na wa mwanzi ugenda amunga ubuzima bw’abimitse inge
    so y’ubusambanyi. Ngiye gufata ingamba, ntawuvuma iritararenga. 
    Imyaka makumyabiri mfite, ngiye gufunguza konti muri banki nge 
    nzigama udufaranga mbonye. Kubera ko mfite ingwate itubutse 
    nahawe na sogokuru, nyuma y’igihe runaka nzaba naranogeje 
    umushinga w’ubucuruzi nigane Mitima mwene Ntezirizaza. Nzagi
    sha inama naho ubundi ngumye muri mama wararaye nazapfana 
    agahinda mbonye abo twabyirukanye bibeshejeho neza bitewe no 
    kuzigama. Inyungu zakwa ku nguzanyo si igitero. Ibigo by’imari 
    kandi hari n’inyungu ngo bigenera uwazigamye. Ntiwatera imbere 
    utizigama, ntiwatera imbere utagana ibigo by’imari n’amabanki. 
    Kuva ubu nisubiyeho.”
     
    8. 1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     IGIKORWA

     Soma umwandiko ya “Barayasesa yiha umugambi wo kuzigama”, 
    ushakemo amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure ukurikije 
    inyito afite mu mwandiko wifashije inkoranyamagambo.

     
    IMYITOZO

     1. Uzuza interuro zikurikira ukoresheje aya magambo yo mu 
    mwandiko, usanishe uko bishoboka: kubyutsa umutwe, 
    kugendererwa.
     a) Mfite impungenge ko naba……………..na wa mwanzi utera 
    abimitse ubusambanyi.
     b) Nyuma yo guhomba igihe kirekire nongeye ..........maze  
    kubona igishoro nkuye muri banki.
     2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro zumvikanisha neza 
    icyo ashaka kuvuga: kuyaga, kokamwa n’umuruho, kwera, 
    umunywanyi, umuze.


    8. 1.2. Gusoma no kumva umwandiko

     IGIKORWA

     Ongera usome umwandiko “Barayasesa yiha umugambi wo kuzigama”, 
    hanyuma usubize ibibazo byawubajijweho.


    1. Kuki tugomba kuzigama? 

    2. Ni iyihe nyungu Mitima abona mu kwizigamira?
     3. Ni ba nde bashobora kwizigamira ? 
    4. Mu mwandiko baravuga ko kuzigama bigomba gutangira ryari ?
     5. Ni iki kibabaza Barayasesa?
     6. Ni uwuhe mugambi Barayasesa yafashe nyuma yo kumva inama za 
    Mitima?
     
    8.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
     IGIKORWA

     Ongera usome umwandiko “Barayasesa yiha umugambi wo kuzigama”, 
    hanyuma usubize ibibazo byo gusesengura umwandiko. 


    1. Ni izihe ngingo z’ingenzi zigize uyu mwandiko?

     2. Gereranya ibivugwa mu mwandiko n’ubuzima bw’aho utuye? Hari abantu 
    uzi bizigamiye bagatera imbere nka Mitima? Hari abo se uzi basesaguye 
    ibyabo bigatuma basigara inyuma?
     3. Gutoza abakiri bato kuzigama bifite kamaro ki kuri bo no ku gihugu muri 
    rusange?
     4. Umaze kumva ibyiza byo kuzigama, ni iyihe nama wagira abanyeshuri 
    bagenzi bawe n’abandi bantu muri rusange? 

    8.1.4. Kungurana ibitekerezo

     IGIKORWA

     Ungurana ibitekerezo na bagenzi bawe ku nsanganyamatsiko ikurikira: 
    “Kuzigama ni umusingi w’iterambere rirambye”.

    VIII.2. Raporo 

    IGIKORWA

     Iyo umuntu agiye mu butumwa ahantu runaka agamije kwereka 
    uwamutumye ko icyo yagiye gukora yagikoze, amukorera raporo. 
    Nimukore ubushakashatsi, mutahure raporo icyo ari cyo, uko ikorwa, 
    imiterere yayo n’ibyitabwaho mu kuyikora. 


    1. Inshoza ya raporo 

    Raporo ikorwa n’umuntu wahawe ubutumwa ubu n’ubu. Iba ifite intego igamije, 
    ikajyamo ibitekerezo bwite bya nyiri ukuyikora, kandi ikarangira atanga 
    ibitekerezo ku myanzuro igomba gufatwa. Raporo iba igenewe umuyobozi 
    ugomba gufata ibyemezo ku bitekerezo byamugejejweho. 

    2. Imbata ya raporo

    Raporo, igira imbata nk’iy’umwandiko usanzwe. Ni ukuvuga umutwe, 
    intangiriro, igihimba n’umusozo.
    Umutwe : Umutwe wa raporo ni insanganyamatsiko raporo nyirizina 
    yerekeyeho. Umutwe wa raporo witarura intangiriro, ukagaragazwa 
    cyane cyangwa ugacibwaho umurongo.

    Intangiriro:
    Muri iki gice, ukora raporo yandikamo icyo agiye gukorera raporo 
    n’impamvu ayikora ndetse n’agaciro iyo raporo ifite.

    Igihimba:
    Muri iki gice, ukora raporo agaragaza ku buryo burambuye uko 
    abona ibyo akorera raporo; abivuga abitondekanya nk’ugambiriye 
    kubisobanura mu buryo bw’inyurabwenge. Ukora raporo agomba 
    gutanga ibisobanuro biza gutuma uwo aha raporo adashidikanya 
    ku myanzuro aza kumugezaho. Ibyo kandi ukora raporo abikora 
    atabogamye.

    Umusozo
    : Muri iki gice, ukora raporo atangamo ibitekerezo by’uburyo ikibazo 
    k’ ibyo yakoreye raporo abona cyakemuka. Mbere yo gutangira 
    kwandika raporo, uba wabanje gutekereza ku byo uvuga mu myanzuro. 
    Raporo nziza igomba gutuma uwo yandikiwe yemera ibitekerezo biyikubiyemo, 
    agafata ibyemezo ku myanzuro yagejejweho, ariko ntigomba kubogama. 

    3. Uburyo raporo ikorwa
     Ukora raporo agomba kwita kuri ibi bikurikira:
    – Gukoresha imvugo itunganye kandi yumvikana.
    – Kugaragaza ibyerekeye icyo uvuga muri raporo yawe: itariki, isaha, 

    igihe, abari bahari n’abo ari bo, ingingo zizweho cyangwa ikindi 
    gikorwa cyari cyajyanye ukora raporo, ibyemezo byafashwe…
    – Kugaragaza ibitekerezo by’ingenzi kugira ngo uyisoma abone vuba 

    ibyo uwakoze raporo aha agaciro kanini.
    – Gushyiraho amazina n’umukono by’uwakoze raporo.

     
    Urugero rwa raporo:
     KAMANA Aloyizi                                                     Mirenge, ku wa 12 Ugushyingo 2001
    Umuyobozi w’Umurenge wa Bwiza
     Akarere ka Mirenge
     Agasanduku k’iposita 50 Mirenge
                                            
     Raporo ku mikoreshereze y’amafaranga y’ubudehe

    Nk’uko byakozwe mu mirenge yose, hari amafaranga Leta y’u Rwnda yageneye 

    buri murenge kugira ngo afashe abaturage kwiteza imbere mu bikorwa 
    remezo. Kubera ko byagaragaye ko hari aho yakoreshejwe nabi, Nyakubahwa 
    Muyobozi w’Akarere ka Mirenge, mboherereje iyi raporo mbamenyesha 
    ikibazo cyagaragaye mu Kagari ka Mugarura kugira ngo mugire umwanzuro 
    mwabitangaho bityo iterambere ry’abaturage ntirikomeze kudindira.

    Muri buri kagari, hatanzwe miriyoni makumyabiri zagombaga gukoreshwa mu 

    bikorwa remezo binyuranye. Nyuma y’igenzura nakoze, nasanze mu tugari two 
    mu Murenge nyobora, abayobozi batwo barakoresheje inama abaturage, bigira 
    hamwe icyo ayo mafaranga azakora. Mu igenzura nakoze nasanze byaragenze 
    neza usibye mu kagari kamwe. Mu Kagari ka Muguramo, bari bahisemo kubaka 
    amavomero abiri, bashaka rwiyemezamirimo, bamuha isoko arayubaka. 
    Byatwaye amafaranga miriyoni cumi n’eshanu. Asigaye miriyoni eshanu, 
    bumvikanye ko bayaguriramo inka za kijyambere abana b’imfubyi birera batatu 
    n’abapfakazi barindwi, ibyo babyemeranywaho batyo. Mu bugenzuzi nakoze, 
    nasanze amavomero ahari, rwiyemezamirimo yarayakoze uko byasabwaga, 
    aranishyurwa. Amatungo yagombaga kugurirwa abaturage, yaraguzwe ariko 
    yaguzwe mu buryo butari bwo. Umuyobozi w’akagari yagiye kuyagura ubwe 
    ku giti ke, nta soko ritanzwe. Amatungo yaguze ntabwo afite agaciro gakwiye. 
    Inka ya kijyambere yagombaga kugurwa, ni ifite agaciro k’ibihumbi magana 
    atanu. Nyamara inka zaguzwe si iza kijyambere, ni inka zisanzwe, ubona 

    zifite agaciro k’ibihumbi magana abiri kuri buri nka. Uburyo zaguzwe na 
    bwo ntibwumvikana, kuko ari nta soko ryatanzwe ngo ba rwiyemezamirimo 
    baripiganirwe. Ikigaragara ni uko amafaranga y’ubudehe yatanzwe mu Kagari 
    ka Muguramo atakoreshejwe neza.

    Nk’Umuyobozi w’Umurenge wa Bwiza, Akagari ka Muguramo kabarizwamo, 

    mbahaye iyi raporo kugira ngo muyigane ubushishozi, mugire umwanzuro 
    mufatira Umuyobozi w’ako kagari. Ashyikirizwe inkiko, aryozwe amafaranga 
    yakoresheje nabi, kandi afatirwe ibindi bihano bijyanye no kutuzuza neza 
    inshingano ze.

    KAMANA Aloyizi,


    Umuyobozi w’Umurenge wa Bwiza

     
    IMYITOZO

     1. Gereranya raporo n’inyandiko mvugo.
     2. Umucungamutungo wa Koperative Twitezimbere yoherejwe 
    gukurikirana amahugurwa yo gucunga neza imikoreshereze 
    y’umutungo w’abanyamuryango b’iyo koperative. Ishyire mu 
    kigwi cy’uwo mucunga mutungo maze ukore raporo washyikiriza 
    umuyobozi wa koperative wakohereje kuyakurikirana.

     VIII.3. Impapuro zagenewe kuzuzwa

     IGIKORWA

     Soma iki gika maze ukore ubushakashatsi, usubize ibibazo bizikurikira:
     Ikoranabuhanga ryoroheje byinshi. Zimwe mu mpapuro z’ubutegetsi 
    zo kuzuza zisigaye zuzurizwa kuri murandasi hakoreshejewe terefoni 
    cyangwa mudasobwa. Muri banki, iyo utujuje urupapuro rwo kubikuza, 
    ushobora no kubikuza amafaranga ku cyuma cyabugenewe cyangwa 
    ukabikuza ukoresheje terefoni.
     
    Ibibazo:
    1. Ni izihe mpapuro z’ubuyobozi zuzuzwa? 
    2. Impapuro zabugenewe kuzuzwa, zuzuzwa hakoreshejwe iki? 
    3. Urupapuro rwo kubikuza rwuzuzwaho iki?
     
    1. Impapuro zo mu nzego z’uyobozi bwite bwa Leta

    Mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta, hari impapuro zabugenewe zo kuzuzwa 
    zituma nyirazo ahabwa serivisi runaka. Zimwe muri izo mpapuro ni izi 
    zikurikira:
    - Ikemezo cy’amavuko
    - Ikemezo gisimbura ikarita ndangamuntu by’agateganyo
    - Icyangombwa cyo gushyingirwa  
    - Icyangombwa cy’ubupfakazi,
     (…)

    Mu buryo bwo gutanga serivisi inoze impapuro zimwe na zimwe zuzuzwa 

    hifashishijwe ikoranabuhanga. Ni muri urwo rwego, zimwe muri izi impapuro 
    zisabwa hifashishijwe urubuga “Irembo: www.irembo.gov.rw
     
    a) Imikorere y’urubuga Irembo
     Mu muco wacu, irembo ni ijambo rifite agaciro, haba gufata irembo, haba 
    gutanga irembo, igihe cyose rivuga guhabwa ikaze mu muryango. 

    Uru rubuga kandi rukora nk’uburyo bw’ikoranabuhanga, butunganya ibikorwa 

    bigamije gutanga serivisi hagati y’Ibigo bya Leta n’abaturage. Imikoreshereze 
    n’imitunganyirize y’urwo rubuga, ikaba igengwa n’Ihuriro ry’Imirongo 
    Nyarwanda (Rwanda Online Platform Ltd). 

    Mu gihe umuturage akoresha urubuga irembo, agomba kubanza gusoma neza 

    amabwiriza n’inshingano ze mu byerekeranye no gukoresha uru rubuga. 

    Ku bijyanye n’impapuro akeneye zuzuzwa, umuturage agomba kubanza 

    kwishyura. Kwishyura serivisi ku rubuga Irembo, bishobora gukorwa 
    hifashishijwe uburyo butatu aribwo: terefoni ngendanwa, ikarita yo kubitsa no 
    kubikuza n’andi makarita akoreshwa mu ma banki bakorana. 

    Hari kandi umuyoboro wo kwishyura ukoresheje murandasi, washyizweho 

    kugira ngo kwishyura bikorwe mu buryo bworoshye. 

    Uwasabye serivisi, agomba kandi kumenya ko umwirondoro we winjijwe neza, 

    ko yishyuye kandi ko yahawe serivisi. 

    Kugira ngo usubizwe amafaranga wishyuye bitewe n’uko utahawe serivisi 

    wasabye, ugomba kugeza ikibazo cyawe ku Ihuriro ry’Imirongo Nyarwanda 
    (Rwanda Online Platform Ltd). 

    b) Gusaba ikemezo ukoresheje Irembo 

    Kugira ngo ubone ikemezo, bisaba kuba ufite mudasobwa cyangwa terefoni 
    irimo murandasi. Wifashisha inshakisho (browser) hanyuma ukandika 

    ahabugenewe www.irembo.gov.rw , hagahita haza ibi bikurikira:

     Iyo umaze kubona iyi mbonerahamwe, ushakisha ahanditse “inzego z’ibanze”, 

    ugahitamo ikemezo ushaka, hanyuma ukanyura mu ntambwe zikurikira:

     Intambwe ya mbere: Gusaba
    Gukoresha Irembo: Niba utariyandikishije ku rubuga Irembo, kanda 
    ahanditse “Kwiyandikisha” hejuru iburyo maze wiyandikishe ukoresheje 
    indangamuntu yawe na nomero ya terefoni igendanwa yanditse ku 
    ndangamuntu yawe.
    – Gusaba ukoresheje terefoni igendanwa (USSD): Kanda *909# ,ukurikize 
    amabwiriza, cyangwa ushobora no kwegera uhagarariye Irembo. 
    – Nyuma yo kohereza dosiye isaba, wohererezwa ubutumwa bugufi kuri 
    terefoni cyangwa imeri (Email) yawe, bwemeza ko dosiye yoherejwe, 
    kandi ugahabwa kode yo kwishyuriraho.

     Intambwe ya kabiri: Kwishyura

    – Ushobora guhita wishyura unyuze ku rubuga Irembo ugakoresha 

    amakarita (VISA cyangwa MasterCard), cyangwa se ugahitamo 
    kwishyura ukoresheje terefoni (MTN Mobile Money *182#, Airtel*182#, 
    Tigo *310#), mobikashi (Mobicash), cyangwa ukajya ku ishami rya 
    Banki ya Kigali cyangwa uyihagarariye ukorera hafi yawe.
    – Nyuma yo kwishyura, wohererezwa ubutumwa bugufi kuri terefoni 

    cyangwa kuri imeri (Email) bwemeza ko wishyuye. Nutabona 
    ubutumwa bugufi kuri terefoni cyangwa imeri mu gihe k’iminota 30, 
    wahamagara kuri 9099 umukozi w’Irembo akagufasha.

     Intambwe ya gatatu: Igihe cyo kujya gufata ikemezo

     Iyo umukozi ushinzwe irangamimerere abonye dosiye yawe, arayisuzuma, 
    akayemeza cyangwa akayihakana, hanyuma ukohererezwa ubutumwa bugufi 
    kuri terefoni cyangwa imeri (Email) bukumenyesha ko dosiye yawe yemewe 
    cyangwa yanzwe. Iyo utabonye ubutumwa bugufi nyuma y’iminsi itatu 
    y’akazi wohereje dosiye isaba, uhamagara ku biro by’umurenge wahisemo, 
    cyangwa ukajyayo kugira ngo bagusobanurire.


    Intambwe ya kane: Kujya gufata icyangombwa


    Jya kureba Umukozi Ushinzwe Irangamimerere ku murenge wahisemo, witwaje 

    impapuro zerekana ko wishyuye (ubutumwa bugufi bwoherejwe n’Irembo 
    cyangwa inyemezabwishyu ya banki), kandi ujyane n’imigereka isabwa kuri iyi 
    serivisi (niba isabwa). 

    Iki kemezo gishobora gukoreshwa nk’imwe mu nyandiko ziherekeza dosiye 

    isaba serivisi, nko kwiyandikisha mu ishuri, kurera umwana utari uwawe, gusaba 
    ikemezo cy’umwirondoro wuzuye, kwiyandikisha kugira ngo ushyingirwe, 

    n’ibindi...

    2. Sheki 
    Sheki ni urupapuro rwuzuzwa muri banki kugira ngo nyirayo cyangwa uwo 
    ihawe abikuze amafaranga kuri konti ye cyangwa y’uyimuhaye. Biragoye kubona 
    sheki yo mu Kinyarwanda gusa kubera ko banki ziganwa n’Abanyarwanda 
    ndetse n’abanyamahanga. Iby’ingenzi byuzuzwa kuri sheki ni ibi bikurikira:
    – Umazina y’uri bubikuze akoresheje iyo sheki.
    – Umubare w’amafaranga abikuzwa.
    – Uhawe sheki.
    – Itariki sheki itangiweho.
    – Umukono wa nyiri konti.

     Urugero rwa sheki 


    IMYITOZO
     a) Shushanya sheki ugaragaze neza amakuru yose uyuzuza akenera, 
    maze uyuzuze. 
    b) Ishyire mu kigwi cy’uwataye irangamuntu wo Murenge wa Ngoma 
    maze umwandikire amakuru yose akenewe kugira ngo yuzuzwe 

    ku kemezo gisimbura ikarita y’irangamuntu by’agateganyo. 

    VIII.4. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
     Umaze kwiga inyandiko zuzuzwa, ifashishe mudasobwa maze uge ku rubuga 
    www.irembo.gov. rw, uhitemo ahanditse inzego z’ibanze, urebe ibyemezo 
    bihari, muri byo uhitemo bitanu, usobanure inzira wacamo ubyuzuza. Hera 

    kuri ibyo byemezo ugaragaze uko amakuru akenewe yuzuzwa kuri byo. 

    Ubu nshobora:
    – Gusesengura umwandiko ku muco wo kuzigama ngatahura ingingo 
    z’ingenzi ziwukubiyemo. 
    – Gusesengura raporo no kuyikora.

    – Kuzuza impapuro zagenewe kuzuzwa. 

    Ubu ndangwa no:
     • Gushishikarira no gushishikariza bagenzi bange kugira umuco wo 
    kuzigama no kwigira. 
    • Kwitabira gukoresha ikoranabuhanga mu gusaba ibyemezo 

    bitandukanye. 

    VIII.5. Isuzuma risoza umutwe wa munani
     Umwandiko: Yahaboneye isomo

    Kamana na Gasana bari batuye mu mudugudu umwe. Imiryango yabo yari ifite 
    imikorere inyuranye, bityo n’iterambere rya buri muryango ryari ritandukanye, 
    bitewe n’imikorere yabo. Umuryango wa Kamana wari wariteje imbere; 
    warangwaga no gukunda umurimo, ugakoresha neza ibyo utunze kandi 
    ukamenya kuzigama. Naho umuryango wa Gasana wo warangwaga n’ubunebwe 

    no gusesagura. 

    Umunsi umwe, mu gihe cy’urugaryi, Gasana n’abana be barihoreye bizera 
    iminsi myiza, imyaka yari yeze, nta kibazo k’inzara kirangwa mu muryango 
    wabo. Abo kwa Gasana babyukaga barya, barangiza bakoga, nuko bagatangira 
    kuzerera hirya no hino baririmbira abahisi n’abagenzi mu gihe kwa Kamana bo 
    babaga bashishikariye umurimo. Abana ba Gasana nta kintu na kimwe bari bazi 
    gukora, uretse kuririmba no kubyina. Umuryango wa Kamana wo, ntiwasibaga 
    gukorana umurava no gutoza abana umurimo. Buri mwana yari afite inshingano 

    ashinzwe kurangiza.

    Nta mwanya wo gupfusha ubusa bagiraga. Kamana n’umugore we bazindukaga 
    kare bitabiraga umurimo. 

    Abana bo kwa Kamana, iyo bavaga ku ishuri bakoraga imirimo inyuranye yo mu 

    rugo barangiza bagasubiramo amasomo yabo. Haba mu gihe kiza, haba mu gihe 
    kibi, abo kwa Kamana ntibaruhukaga gukora. Iyo umusaruro wabaga mwinshi, 
    barahunikaga, bateganyiriza iminsi mibi. Ntibinubiraga akazi, bahoraga 
    bakora cyane bakiyuha akuya. Iyo bwagorobaga, bariyuhagiraga, bakarya nuko 
    bakaruhuka. Bwacya abana bakajya kwiga; ababyeyi bakarimbanya imirimo yabo. 

    Umuryango wo kwa Gasana kubera gusesagura waje guhura n’iminsi mibi 
    y’inzara. Ibyo bejeje byari byashize, kubera ko igihe kinini bakimaraga 
    bidamarariye birata mu ndirimbo n’imbyino sinakubwira. Inzara ibamereye 
    nabi, Gasana arahaguruka, araboneza no ku muturanyi we Kamana ngo ba! 
    Agezeyo, asanga bari kuvana imyaka mu kigega. Aravunyisha nuko bamuha 
    ikaze. Ntiwareba uko yasaga, yari ananutse kubera inzara. Kamana amuha 
    umwanya wo kuvuga ikimugenza! Nuko Gasana araterura ati: “Muvandimwe 
    wange kandi nshuti, nje hano ngo umfashe, umpe ku byo kurya wahunitse, 
    ndebe ko iminsi mibi y’inzara yarangira. Abana bange inzara irabugarije, 
    bamerewe nabi cyane. Rwose ntumpakanire, ni wowe nagira.” 

    Kamana ariyumvira yibuka ukuntu yahuraga n’abo kwa Gasana bazerera gusa 

    badakora mu gihe abe babaga biyushye akuya bakorera urugo rwabo, yibuka 
    kandi ukuntu kwa Gasana basesaguraga utwo bejeje badashobora kuzigamira 
    iminsi mibi. Kamana amureba asa n’umurenza ingohe aricecekera amwima 
    amatwi. Gasana arongera avuga mu ijwi riranguruye, agira ati: “Muvandimwe, 
    gerageza kunyumva, umfashe.” Kamana aramusubiza ati: “Ko nzi ko mwari 
    mwarejeje byabagendekeye bite? Gasana ati: “Twarabigurishije ibindi turabirya 
    turabimara.” Nuko Kamana yongera kumubaza ati: “Ntimwibuka ko habaho 
    iminsi mibi ngo mwizigamire!” Gasana aratakamba cyane ati: “Wokagira Imana 
    we, ngirira impuhwe umfungurire umpe n’imbuto, isomo nararibonye.” 

    Gasana arakomeza aramwinginga nuko amusezeranya ko mu minsi mike azaba 

    yejeje ko atazongera gusesagura kandi ko azamwishyura ibyo amugurije. 
    Kamana agera aho agira impuhwe aca inkoni izamba amuha ibyo guteka. 
    Amugira n’inama yo kuza mu rugo akamuha akazi we n’abe. Ageze mu 
    rugo, abwira abana be ko Kamana yamugiriye impuhwe akamuha ibiribwa 
    akanamwemerera kubaha akazi kugira ngo babone ibyo bazajya barya. Abo 
    kwa Gasana batangira ubwo guca inshuro. Buri munsi Kamana akabaha ibyo 
    guteka bakoreye. Ibyo birabasindagiza kugeza iminsi mibi irangiye. 

    Mu gihe babaga bari mu kazi kwa Kamana, yarabaganirizaga akabagira inama yo 

    gukorana umurava no kurwanya ubunebwe, akanabatoza umuco wo kuzigama. 
    Abana ba Gasana babona isomo ryiza, biga gukora imirimo yo mu rugo ihwanye 
    n’ubushobozi bwabo. 

    Hashize iminsi Kamana aganiriza umuhungu wa Gasana witwaga Kamari 

    amubaza impamvu yacikije amashuri kandi akiri muto. Kamari amusubiza 
    ko iwabo babuze ubushobozi bwo kumurihira amafaranga y’ishuri. Kamana 
    amubwira amateka y’umwana wari imfubyi akaza guhabwa inkoko imwe 
    na nyirarume akayorora akajya agurisha amagi yayo udufaranga akuyemo 
    akatuzigama twagwira akaguramo izindi nkoko akarushaho kubona umusaruro 
    w’amagi utubutse. Amusobanurira ko byatinze uwo mwana akagura inka mu 
    mafaranga yakuraga mu magi. 

    Amafaranga yavaga mu mukamo w’inka, ni yo yagiye azigama buhorobuhoro, 

    akabasha kwirihira amashuri yisumbuye, ndetse na kaminuza. Kamana 
    yasobanuriye Kamari ukuntu uwo mwana yiteje imbere abikesha umuco 
    mwiza yagiraga wo kumenya kuzigama. Akimara kumva iyo nkuru, amusaba 
    ko amafaranga yari kuzamuhemba, yayamuguriramo urukwavu akagenda 
    akarworora, kugira ngo na we azage yizigamira atangiye kugurisha inkwavu ze. 

    Kamana yigishije Gasana n’umuryango we gukunda umurimo no kwizigamira, 

    maze nyuma yaho barakora beza imyaka, barahunika, urugo rwabo rukira 
    inzara rutyo. Kamari na we, yoroye inkwavu atangira kuzigama amafaranga 
    akuyemo, nyuma y’umwaka asubira mu ishuri afatanya n’ababyeyi be kwishyura 
    amafaranga y’ishuri. Ubu umuryango wa Gasana witeje imbere, umeze neza 
    kubera isomo uwo muryango wakuye kwa Kamana. 

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko

     Soma umwandiko, usubize ibibazo bikurikira.
     1. Muri uyu mwandiko baratubwiramo imiryango ibiri. Tandukanya 
    imiterere yayo. 
    2. Iterambere ryo mu muryango wa Kamana rikomoka ku ki? 
    3. Ni iyihe ndangagaciro dusanga muri uyu mwandiko, iranga 
    Abanyarwanda? 
    4. Ni ikihe gihe k’ihinga kivugwa mu mwandiko? Garagaza nibura ibindi 
    bihe bibiri by’ihinga bitavuzwe mu mwandiko. 
    5. Sobanura ibyiza byo kuzigama bivugwa mu mwandiko. 
    6. Vuga ingingo z’ingenzi n’iz’ingereka ziri mu mwandiko. 
    7. Gereranya imyitwarire y’abanyarubuga n’ubuzima busanzwe bw’aho 
    utuye. 

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo

     1. Sobanura amagambo akurikira, ukurikije inyito afite mu mwandiko. 
    a) Urugaryi 
    b) Kwiyuha akuya 
    c) Kugarizwa (n’inzara) 
    d) Kuboneza 
    2. Shaka amagambo yakoreshejwe mu mwandiko avuga kimwe n’amagambo 
    atsindagiye muri izi nteruro: 
    a) Agezeyo, arakomanga nuko bamuha ikaze. 
    b) Bwacya bagakomeza imirimo yabo. 

    3.  Huza ijambo n’igisobanuro cyaryo ukurikije inyito rifite mu mwandiko .


     III. Ikibazo ku mpapuro zuzuzwa, sheki na raporo
     1. Ni ubuhe buryo bukoreshwa mu kubikura amafaranga kuri banki? 
    2. Sheki umuntu ayitanga uko yakabaye cyangwa hari ibyo yuzuzaho? 
    3. Usibye sheki, nta zindi mpapuro muzi buzuza? 
    4. Kubera iki umuntu yandika raporo?

     5. Sobanura ibyakwitabwaho mu kujora raporo yakozwe.

    UNIT 7: GUKUNDA UMURIMOUNIT 9: UBUKORONI