• UNIT 6: GUKUNDA IGIHUGU

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -Gusesengura umwandiko ku kurwanya ruswa n’akarengane atahura 
    ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo. 
     -Gukora inyandikomvugo y’inama. 
     -Gusesengura amazina y’amatirano agaragaza uturemajambo 

    n’amategeko y’igenamajwi. 

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
     Ukurikije uko uzi ingaruka za ruswa n’akarengane ni iki wakora kugira 
    ngo uwo muco mubi ucike burundu mu Igihugu. Sobanura uruhare rwawe 

    nk’urubyiruko mu guca  ruswa n’akarengane. 

    VI.1. Umwandiko: Ntumpeho


     Ni mucyo twambare, twambarire
     Kuba imena.
     Jyewe ubu nahisemo, nzatwaza ngana imbere.
     Nushaka unkurikire, mu runana
     Rw’imihigo,
     Turishinge turahire, yuko
     Tuzahora
     Dukunda ibyiza: Ubutabera n’amahoro
     Urukundo n’ubupfura; ubukire
     Bwanga ibyo ndabugaya
     Ntumpeho

    1. Nuteranya abuzuye,
     Ubwo uratata nturi imfura.
     Niba uhora utanya amoko
     Ngo abantu bamashane,
     Nusumbanya n’uturere
     Uribagire wifashe,
     Ntumpeho.
     
    2. Niba utunzwe na ruswa

     Ukura mu baturage,
     Niba useka uwabuze hirya,
     Akabura no hino,
     Niba uneguza amazuru
     Ukazura umugara,
     Ntumpeho. 

    3. Niba ishyari rikuzonga

     Ugatera urubwa ukize,
     Ugashengurwa n’agahinda
     Iyo ubonye abahiriwe,
     Urwo rutoke uhonda urundi
     Rubuze mo ubupfura
     Ntumeho.
     
    4. Niba unebwa ntukore

     Ngo uzatungwa no gusaba,
     Niba unyereza ibyo ushinzwe,
     Ngo ubwo urirwanaho,
    Urateshuka inzira y’intore.
     Ubwo uri umunyoni mubi,
     Ntumpeho.
     
    5. Niba ushinzwe imbaga,

     Ukikundira mo bamwe,
     Uwakugabiye ntumukunda
     Uramugambanira.
     Uraca uduco kandi ashaka
     Ko ureba udasumbanya,
     Ntumpeho.
     
    6. Niba uri umukobwa

     Ukishinga abagushuka,
     Niba se uri umuhungu
     Ugashirira mu maraha,
     Urasenya urwo wari gushinga
     Ugashengera utambaye,
     Ntumpeho.
     
    7. Umuco mwiza wa kureze,

     Ntugatume udindira.
     Mu by’abandi jya utora ibyiza,
     Ibifutamye ujugunye.
     Niba urabukwa iby’abandi
     Ugata n’urwo wambaye

     Ntumpeho.

     6. 1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     IGIKORWA
     Soma umwandiko “Ntumpeho”, ushakemo amagambo udasobanukiwe  
    hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashije 

    inkoranyamagambo.

    IMYITOZO

    1. Koresha buri  jambo mu  magambo akurikira  mu   nteruro  
    yumvikanisha  icyo risobanura:
     a) Imena     
    b) Imihigo                      
    c) Ubupfura  
    d) Ugashengurwa 
    e) Umunyoni
     2. Shaka muri iki kinyatuzu mu merekezo yacyo yose amagambo 
    arindwi afitanye isano na ruswa n’akarengane yakoreshejwe mu 

    ndirimbo “Ntumpeho”. 


     3. Simbuza amagambo  y’umukara  tsiri  ari  mu nteruro  zikurikira  
    impuzanyito  zayo.
     a)  Umujura  ukoresha  ikoranabuhanga ni umwanzi w’ibyiza.

     B)  Si ubupfura guteranya abantu  ngo  barasane.

     6.1.2. Gusoma no  kumva umwandiko
     IGIKORWA

     1. Ni iki umuririmbyi avuga ko adashaka ko bamuha?
     2. Rondora ibintu bidakwiye gukorwa mu rwego rwo kurwanya 
    ruswa n’akarengane muri iyi ndirimbo.
     3. Sobanura ibyo umuntu akwiye gukora arwanya ruswa 
    n’akarengane. 
    4. Ni ibiki bishobora kuba intandaro ya ruswa n’amakimbirane? 
    5. Ni iyihe nama umuhanzi agira abakobwa n’abahungu?
     6.     Bimwe mubivuga mu mwandiko bihuriye he n’umuco wo 

    kuzigama cyangwa kurwanya jenoside

     6.1.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
     IGIKORWA

     1. Ni izihe ngingo z’ingenzi dusanga mu mwandiko?
     2. Ni izihe indangagaciro nyarwanda uasanga muri uyu mwandiko.
     3. Ese ubutumwa buri muri uyu mwandiko ubona bumaze iki mu 
    buzima bwa buri munsi ku Banyarwanda?
     4.  Ni iyihe nama ukuye muri uyu mwandiko ijyanye numuco 

    w’amahoro?

     VI.2. Amazina gakondo 
    IGIKORWA

     Hera ku bumenyi usanzwe ufite ku mazina  kandi ukore ubushakashatsi 
    maze usubize ibibazo bikurikira:

     -Amazina gakondo ni iki?
     -Amazina gakondo ateye ate? 
     -Amazina gakondo atandukaniye he n’andi mazina?

     -Ni iki wavuga ku ntêgo y’amazina gakondo?

    6.2.1. Inshoza y’amazina gakondo 
    Mu Kinyarwanda, izina ni ubwoko bw’ijambo bita umuntu, inyamaswa, ikintu 
    n’ahantu, rikabiranga. Izina risobanurwa ku buryo butandukanye biturutse ku 
    nyito cyangwa inyurabwenge, ku ntego ndetse no ku nkomoko. 

    Amazina gakondo ashobora gusobanurwa ku buryo bubiri bukurikira: 


    Mu rwego rw’inyito n’inkomoko: 

    Izina gakondo ni izina rusange mbonera 

    rivuga abantu benshi, ibintu byinshi cyangwa inyamaswa, ry’umwimerere 

    w’Ikinyarwanda ritari iritirano. 

    Mu rwego rw’iyigantego: 

    Izina gakondo ni izina mbonera kuko rigizwe n’uturemajambo tw’ibanze 
    dutatu gusa (indomo, indanganteko n’igicumbi). Ni ukuvuga ko izina gakondo 
    atari izina ry’urusobe kandi atari izina rikomoye ku nshinga cyangwa ku bundi 
    bwoko bw’amagambo. 

    Dukubiye hamwe izo nshoza zombi twavuga ko izina gakondo ari izina mbonera 

    ry’umwimerere mu Kinyarwanda ritari iritirano, rigizwe n’uturemajambo 
    dutatu gusa (indomo, indanganteko n’igicumbi); rikaba atari izina ry’urusobe, 

    atari izina rikomoye ku nshinga cyangwa ku bundi bwoko bw’amagambo. 

    6.2.2. Uturemajambo tw’izina gakondo
     Intego y’izina gakondo ni: indomo, indanganteko (indangazina),  

    n’igicumbi:D+RT+C 

    a) Indomo (D) 
    Ni akaremajambo kagizwe n’inyajwi iterura (ibanziriza) izina. Indomo buri 
    gihe isa n’inyajwi y’akaremajambo kayikurikira iyo gahari. Ni ko karemajambo 

    kabanziriza utundi turemajambo twose tugize izina. 

    Mu Kinyarwanda inyajwi zishobora kuba indomo ni eshatu: i, u, a. 

    Ingero: ikivuguto, amasaka, umuvure 
    Indomo n’inteko z’amazina zikoreshwamo: 
    Indomo i-: ikoreshwa mu nteko zikurikira: 4, 5, 7, 8, 9, 10 
    Ingero: iminsi (nt.4), irebe (nt.5), ikivuguto (nt.7), ibishyimbo (nt.8), imbuto 
    (nt.9), inzuzi (nt.10)- 
    Indomo u-: ikoreshwa mu nteko zikurikira: 1, 3, 11, 13, 14, 15 
    Ingeroumugabo (nt.1), umunsi (nt.3), urugo (nt.11), uburo (nt.14), ukuboko 
    (nt.15) - 
    Indomo a-: ikoreshwa mu nteko zikurikira: 2, 6, 12, 16

     Ingeroabagabo (nt.2); amazina (nt.6), akana (nt.12), ahantu (nt.16)

     b) Indanganteko/ Indangazina : RT/Rzn 
    Indanganteko ni akaremajambo kerekana inteko izina ririmo. Ako karemajambo 
    ni ko kagena uturemajambo tw’isanisha. Indanganteko zihinduka bitewe 

    n’inteko izina ririmo. 

    Urugero: Amatara manini araka. 
    c) Igicumbi (C) 
    Ni igice k’izina kidahinduka kibumbatiye inyito y’ibanze y’izina. Mu Kinyarwanda 

    izina mbonera gakondo iryo ari ryo ryose rifite iyo ntego. 

    Ikitonderwa:
     Amazina adafite indanganteko igaragara na yo intego yayo ni D+RT+C uretse 
    ko muri ayo mazina RT ari ikimenyetso -Ø-  gihagararira akaremajambo kabura 

    mu turemajambo tw’ibanze. 

    Urugero

    Ishyari: i- Ø-shyari         -Ø- ni indanganteko

     6.2.3. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa mu izina gakondo 
    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa mu izina gakondo ni akoreshwa mu izina 

    mbonera.

     Ingero: 
    Umwana: u-mu-ana bisomwa ngo u ihinduka w iyo iri imbere y’inyajwi u→w/-J. 
    Icyatsi: i-ki-atsi, i ihinduka y iyo iri imbere y’inyajwi i→y/ -J, ky cyandikwa cy 
    mu myandikire yemewe y’Ikinyarwanda. 

    Abantu: a-ba-antu     a→ø/ -J, a iburizwamo iyo iri imber y’inyajwi. 

    IMYITOZO

    1. Tahura amazina gakondo muri aka gace k’indirimbo 
    Niba unebwa ntukore
     Ngo uzatungwa no gusaba,
     Niba unyereza ibyo ushinzwe,
     Ngo ubwo urirwanaho,
     Urateshuka inzira y’intore.
     Ubwo uri umunyoni mubi,
     Ntumpeho.
     2. Wifashishije ingero gira icyo uvuga ku biranga izina gakondo. 
    3. Garagaza intego y’amazina mbonera gakondo akurikira n’amategeko 
    y’igenamajwi yakoreshejwe: amenyo, umuhungu, imfuruka, umweyo, inzuzi 

    VI.3. Amazina  y’amatirano

     IGIKORWA
     Soma iki kiganiro hagati ya Kagabo na Mucyo maze utahuremo amazina 
    gakondo n’amazina atari gakondo arimo. Hera ku miterere yayo, ukore 
    ubushakashatsi utahure inshoza y’amazina y’amatirano, ugaragaze 
    imvano  y’amazina  y’amatirano  na zimwe  mu  ndimi zatije Ikinyarwanda 
    amagambo, intego  n’amategeko y’igenamajwi.


    Ikiganiro:  Kagabo na Mucyo mu isoko

    Mucyo: Kagabo, bite se? Ngwino hano ntundenze ibyashara!
    KagaboRekanze ariko ninsanga ibyo nshaka utabitite ndajya ahandi. 
    MucyoBanza wicare wice akanyota.  
    KagaboOya. Ntumpa ruswa ngo nemere. Ubu icyo nshaka ni ukugura ishati 
    ifite amaboko magufi n’ipantaro y’umukara.
    Mucyo: Humura hano birahari; wijya kure.
    Kagabo: Ese ko nta giciro gihari?
    Mucyo: Dore byanditseho. Ishati ni amafaranga ibihumbi umunani naho 
    ipantaro ni ibihumbi icumi.
    Kagabo: Ndabona bidahenze. Ese amasogisi yo n’iri koti na karuvati byo bigura 
    bite?
    Mucyo: Amasogisi ni amafaranga ibihumbi bitanu, ikoti ni bitanu naho karuvat 
    ni igihumbi.
    Kagabo: Reka nkwishyure kashi ndabona nta sheke nazanye.
    Mucyo: Urakoze Kaga, unsuhurize mwarimu wange.

    Kagabo: Urakoze nawe. Ni aho ubutaha!


     
    6.3. 1. Inshoza amagambo  y’amatirano
     Izina ry’iritirano ni izina ritari karemano muri urwo rurimi, ni izina ryavuye 
    mu zindi ndimi cyangwa izina ryahawe ikintu ubusanzwe kitari gisanzwe muri 
    urwo rurimi. Izina ry’iritirano iyo rigeze mu Kinyarwanda, rishakirwa inteko, 
    yaba ari inshinga igashakirwa ngenga, kandi bikisanisha n’ikibonezamvugo 
    k’Ikinyarwanda mu rwego rwo gushakirwa uturemajambo.

    Kugira ngo ijambo ritirwe ryemerwe, rigomba kuba rikenewe n’abenerurimi 

    kandi rishobora kuvugika bitagoranye. Mu itira ry’amazina kandi, ushobora 
    gufata ijambo ukariterura uko ryakabaye, ukaryinjiza mu rurimi kamere 
    rigafata intego n’imiterere y’amazina y’urwo rurimi uryinjijemo. Riba 
    rishobora kwinjirana inyito risanganywe cyangwa guhabwa indi itandukanye 
    n’isanzwe. Indimi nyafurika zatije Ikinyarwanda amagambo kubera 
    imihahirane n’imibanire yo guturana no gushyingiranwa. Indimi z’i Burayi 

    zatije Ikinyarwanda amagambo kubera ubukoloni, ubucuruzi n’amadini.


     
    6.3. 2. Imvano y’amazina y’amatirano
     Kuva kera Abanyarwanda bashyikiranaga n’abaturage b’ibihugu bidukikije, 
    bitewe n’ubucuti ubuhake, guhaha cyangwa gushyingirana. Ibi byatumye 
    Ikinyarwanda kinjiza amagambo avuga ibintu bimwe byabaga byadutse mu 
    Rwanda. Byongeye kandi, kuva mu ntangiriro y’ikinyejana cya makumyabiri, 
    abanyaburayi batangiye kuza mu Rwanda bazanywe n’amadini, ubukoloni, 
    ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi n’ibindi. Ibyo byatumye 

    zimwe mu ndimi z’i Burayi zinjiza amagambo mu Kinyarwanda.

     6.3. 3. Zimwe mu ndimi zatije Ikinyarwanda amagambo

     a) Indimi nyafurika

    6.3.4. Amategeko agenga itira ry’amazina
     Kugira ngo ijambo ritirwe ryemerwe, rigomba kuba rikenewe n’abenerurimi 
    kandi rishobora kuvugika bitagoranye. Ni ukuvuga ko utira ijambo utari ufite 
    ubusanzwe mu rurimi rwawe. Iyo atari ibyo uba ukoze ikosa ry’inozamvugo 
    ryo kuvanga indimi mu gihe bitari ngombwa, bitewe n’impamvu zinyuranye; 
    ubwirasi, kugaragaza ko wize, kwereka undi ko ururimi azi nawe uruzi... 
    Ijambo ritiwe rigenekerezwa ku nyemvugo z’Ikinyarwanda, rigafata amasaku 
    nk’ay’Ikinyarwanda, ryaba ari izina rikagenerwa inteko, yaba ari inshinga 
    ikagenerwa umuzi. Niba ijambo ritiwe ari icyongereza cyangwa ikidage, bitewe 
    n’uko izo ndimi zisanzwe zifite amasaku atandukanye n’ay’Ikinyarwanda, 
    rigomba kwinjira mu Kinyarwanda rifite amasaku abenerurimi dusanzwe 
    tumenyereye. Mu itira ry’amazina kandi, ushobora gufata ijambo ukariterura 
    uko ryakabaye, ukaryinjiza mu rurimi kamere rigafata intego n’imiterere 
    y’amazina y’urwo rurimi uryinjijemo. Riba rishobora kwinjirana inyito 

    risanganywe cyangwa guhabwa indi itandukanye n’isanzwe.

    Ingero
    Driver umuderevu
    Blanket ikiringiti
    Chauffeur umushoferi

    Shirt ishati…

    6.3.5. Uturemajambo tw’amagambo y’amatirano n’amategeko  
    y’igenamajwi
     Muri rusange amagambo akunze gutirwa mu Kinyarwanda ni amazina. Iyo 
    amazina y’amatirano yinjiye mu Kinyarwanda, yisanisha ku miterere y’andi 
    mazina asanzwe mu Kinyarwanda. Bityo akavugwa nka yo kandi akagira 
    amasaku n’intego nk’iy’amazina asanzwe mu Kinyarwanda. Amenshi mu mazina 
    y’amatirano, iyo yinjiye ahita afata intego rusange y’izina ry’Ikinyarwanda; ni 
    ukuvuga indomo, indanganteko n’igicumbi, bityo bene ayo mazina biranagorana 
    kuyatandukanya n’amazina gakondo kuko na yo ahita afata intego nk’iy’amazina 
    asanzwe kandi uko imyaka igenda ihita inkomoko yayo ikagenda yibagirana. 

    Ikindi kandi uvuga ntabanza kubaza inkomoko y’izina iri n’iri.

     Ingero:

     Umushoferi/abashoferi: u-mu- shoferi/ a-ba-shoferi
     Umuderevu/abaderevu : u-mu-derevu/ a-ba-derevu
    Umuboyi/ababoyi: u- mu-boyi/ a-ba-boyi
     Umwarimu/abarimu: u-mu-arimu/a-ba-rimu

    Andi mazina y’amatirano ntagaragaza indanganteko. Akenshi na kenshi, 

    amazina y’amatirano atagaragaza indanganteko (indangazina), aba ari mu 

    nteko ya gatanu. Cyakora iyo agiye mu bwinshi agaragaza uturemajambo twose.

    Urugero:
     Ishati/amashati: i- ø -shati/ a-ma-shati
     Isaha/amasaha: i- ø -saha/ a-ma-saha…

    Hari andi mazina y’amatirano yinjira mu Kinyarwanda, ntashobore kugira 

    indomo n’indaganteko ahubwo akagira igicumbi gusa (ø - ø -c). Bene ayo mazina 

    akunze kuba ari mu nteko ya 9 agafata ubwinshi mu nteko ya 10.

    Ingero:
     Terefoni (imwe)/ za terefoni (nyinshi): ø - ø -terefoni
     Tereviziyo (imwe) / za tereviziyo (nyinshi): ø - ø -tereviziyo

     Radiyo (imwe) / za radiyo (nyinshi): ø - ø - radiyo…

     Ikitonderwa:- 
    Amazina y’amatirano yemera kandi gufata ubwinshi mu nteko ya 
    gatandatu. Iyo yafashe ubwinshi mu nteko ya gatandatu agira indomo 

    n’indanganteko.

    Ingero:  
    Terefone: ø - ø -terefone amaterefone: a-ma- terefone
     Tereviziyo: ø - ø -tereviziyo amatereviziyo a-ma-tereviziyo radiyo / amaradiyo: 

    ø - ø - radiyo/ a-ma-radiyo…

    Amazina y’amatirano agira amategeko y’igenamajwi ateye nk’ay’amazina 
    gakondo.

     Ingero:

     Intêgo Itegeko ry’igenamajwi
     Ibyashara: i-bi-ashara i y/-J
    Icyashara: i-ki-ashara i y/- J; ky- cy mu nyandiko
     Agaterefoni: a-ka-terefoni k- g/ - GR

     Umwarimu: u-mu-arimu u w/- J

    UMWITOZO
     1. Ni irihe tandukaniro riri hagati y’amazina y’amatirano n’amazina 
    gakondo?
     2. Tanga ingero z’indimi nyafurika zatije Ikinyarwanda amagambo.
     3. Ni izihe mpamvu z’ingenzi zatumye zimwe mu ndimi nyafurika 

    zitiza Ikinyarwanda

    VI.4.  Inama 
    IGIKORWA
     Iyo umuyobozi ashaka kugira icyo ageza ku bo ayobora akoresha inama. 
    Nimukore ubushakashatsi bwimbitse ku bijyanye n’inama  musubiza 
    ibibazo bikurikira:
    a) Inama ni iki? 
    b) Inama itegurwa ite? 

    c) Inama iyoborwa ite?

     6.4. 1. Inshoza y’inama 
    Inama ni ikoraniro ry’abantu bateraniye hamwe bafite ingingo bigaho. 
    Hashobora kubaho inama idasanzwe; iba itateguwe bihambaye cyangwa inama 

    isanzwe iba yateguwe cyane kubera ko idatunguranye.

    6.4. 2. Uko inama itegurwa
     Igihe umuntu ategura inama isanzwe, agomba kwita cyangwa gutekereza ku 
    ntego zayo; icyo inama izaba igamije, icyo izageraho na gahunda y’ibizigirwamo. 
    Ni yo mpamvu agomba gutegura ibikoresho bizamufasha kuyinoza. Bimwe mu 

    bigomba kwitabwaho ni ibi bikurikira:

    - Gutegura aho inama izabera mbere, hakurikijwe umubare w’abazayizamo.
    - Gutegura icyumba k’inama (intebe, ameza ndetse no kuhagirira isuku) 
      ukurikije aho abazaza mu nama bazicara nko mu ishuri, ku ruziga, ku gice 
     cy’uruziga n’aho abayobozi bicara.
    -Guteganya icyo kwandikaho niba ari ngombwa; ikibaho, amakaye cyangwa 
    ikindi kintu cyose cyatuma abari mu nama bashobora gukurikira (nko 
    kwitabaza ikoranabuhanga niba ari ngombwa).

    Nyuma yo gutekereza no gutegura ibikoresho bikenewe, utegura inama ak

    urikizaho gutegura inama nyirizina. Agomba kwibanda ku bintu bikurikira:
    - Gutegura ibizigirwa mu nama bikorwa n’umuyobozi cyangwa se bigakorwa 
    n’akanama runaka yashyizeho.
    - Mu gutegura ingingo z’ingenzi ni byiza kuzitondekanya uhereye ku 
    zifite agaciro kurusha izindi kuko iyo igihe kibaye gito, iby’ingezi biba 
    byarangiye.
    - Gutumiza inama no kohereza gahunda yayo mbere y’igihe (hari 
    igihe abatumiwe batanga ibitekerezo cyangwa bakibutsa indi ngingo 
    yagombaga kuzigirwamo.)
    -Ni byiza ko hagati yo gutumiza inama n’inama ubwayo habonekamo igihe 

    kugira ngo abantu babashe kuyitegura.

    6.4.3. Ibikorwa byo kuyobora inama
     Kuyobora inama ni umurimo ukorwa na nyiri ukuyitumiza cyangwa umubereye 
    mu mwanya (umuyobozi mu rwego rwe). Buri muntu wese uba yitabiriye 
    inama aba afite icyo ashinzwemo: abayitumiwemo baba bafite inshingano zo 
    kumva no gutanga ibitekerezo byabo. Umuyobozi w’inama atangiza inama 

    kandi akanayiyobora.

    Inama igira ibice by’ingenzi bigenda bikurikirana, kandi uyiyoboye akaba 
    agomba gukurikirana neza ngo hatagira igisimbukwa, cyanecyane ko ari we 

    ugomba kurangiza kimwe agatangiza ikindi. 


    Muri rusange ibice by’inama bikurikirana bitya:
    - Gusuhuzanya no gutanga ikaze;
    - Kuvuga igihe inama iza kumara no kuvuga urwego inama yatumiwemo;
    - Kurebera hamwe ko umubare w’abayitumiwemo bahageze uhagije 
       kugira ngo ibe yatangira byemewe n’amategeko (iyo bitatu bya kane 
       by’abatumirwa bahari nta cyayibuza gutangira);
    - Kumva impamvu z’abataje niba bahari;
    -Gutangira inama nyirizina: kuganira ku mirongo mikuru mikuru no 
    kubyemeranyaho. Abitabiriye inama bashobora no kongerwaho izindi 
    ngingo iyo bisabwe. 
    -Inama nyirizina irarimbanya ari nako ikorerwa inyandikomvugo, 
    byarangira gusuzumwa hakigwa ku ngingo imwe ku yindi.
    -Uwatumije inama cyangwa umuhagarariye atanga inshamake y’ibyemezo 
    byumvikanyweho mu nama.
    -Inama isozwa n’uwayitumije cyangwa umuhagarariye igihe uwayitumije 
    yabimuhereye uburenganzira: ashimira abayitabiriye akanabasezerera 

    ndetse akabanza kubaha amatangazo iyo ahari.

     Ikitonderwa:
     1. Kugira ngo inama ishyirwe mu bikorwa uyobora inama agomba kugira 
    izi ndangagaciro igihe ayoboye inama:
    Kwirinda kuba umunyagitugu;
     Kutagira uruhande abogamira;
     Kumva ibitekerezo by’abatumirwa akabijora kandi akabigorora igihe ari 
    ngombwa;
     Agomba kuba ari umuhanga mu byo avuga adahuzagurika icyo atazi 
    agasaba ukizi mu batumirwa kugisobanura.
     2. Imyanzuro y’inama ifatwa nk’aho ari ikemezo cya buri wese mu baje mu nama.
     3. Inama igomba kurangwa n’ikinyabupfura, ubworoherane n’umusanzu 

    wa buri wese mbega inama ntabwo ari igihe cy’amatangazo.

    UMWITOZO

     Erekana uko wategura inama n’uko wayikoresha.

    VI.5. Inyandiko mvugo
     IGIKORWA
     Nimusome iyi nyandiko kandi  mwitegereze imiterere  yayo maze  
    mukore   ubushakashatsi mutahure inshoza  y’inyandiko mvugo, ibice 

    by’inyandiko  mvugo n’uko inyandiko mvugo  ikorwa.

    Inyandiko  mvugo y’inama ya Komite Nyobozi y’Akarere na Bwakira yo ku 
    wa 12 Gashyantare 2016

     a) Abitabiriye inama
     1. Bwana MUGISHA Arnauld (Umuyobozi w’Akarere)
     2. Madamu KANKINDI Virginie (Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho 
    y’abaturage)
     3. Bwana BAZIRURA Sébatien (Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe 
    ububukungu)
     4. Madamu UWISANZE Diane (Umunyamabanga Nshingwabikorwa 
    w’Akarere ka Bwakira)
     
    b) Ibyari ku murongo w’ibyigwa

     1. Gusuzuma raporo z’ubwitabire bw’umuganda.
     2. Gukora igenagaciro ry’ Umuganda mu kwezi kwa Mutarama.
     3. Gusuzuma imikorere y’abayobozi b’imirenge.
     4. Utuntu n’utundi.

    c) Uko inama yagenze

     Inama yatangiye saa saba n’igice iyobowe n’umuyobozi w’Akarere ka Bwakira 
    Bwana MUGISHA Arnauld watangiye aha ikaze abitabiriye inama anaboneraho 
    no kubereka umuyobozi mushya w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho 
    myiza y’abaturage Madamu KANKINDI Virginie. Arangije abasomera ibyari ku 
    murongo w’ibyigwa. Uyoboye inama kandi yabajije abari mu nama niba hari 

    ibyo bifuza gushyira ku murongo w’ibyigwa maze hemezwa gahunda y’inama.

    1. Ingingo ya mbere: Gusuzuma raporo z’ubwitabire 
    bw’umuganda.
     Ku bijyanye n’iyi ngingo abari mu nama bamaze gusoma no gusuzuma raporo 
    bagejejweho na za komite ngenzuzi z’umuganda mu mirenge yose basanze 
    umuganda witabirwa ku kigereranyo cya 95% bafata umwazuro ko n’abasigaye 
    bangana na 5% abayobozi b’utugari n’imirenge bakora uko bashoboye bagakora 
    ubukangurambaga bwo kubashishikariza kwitabira umuganda no kubumvisha 

    uburyo umuganda ari igikorwa k’ingirakamaro mu iterambere.

    2. Ingingo ya kabiri: Gukora igenagaciro ry’umuganda mu kwezi 
    kwa Mutarama.
     Abari mu nama, nyuma yo gusuzuma raporo z’igenagaciro k’umuganda mu 
    mirenge inyuranye basanze mu kwezi kwa Mutarama umuganda waragize 
    agaciro kangana na miriyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda bishimira icyo 
    gikorwa. Cyakora bifuje ko umurenge wa Kantarange mu kwezi kwa kabiri 
    wazagerageza gukora ibikorwa bifite agaciro karenze ako mu kwezi kwa mbere 
    kuko raporo zagaragazaga ko ari wo murenge wari inyuma y’iyindi kandi uri 

    mu mirenge ifite abaturage benshi.

    3. Ingingo ya gatatu: Gusuzuma imikorere y’abayobozi 
    b’imirenge.

     Uyoboye inama, kuri iyi ngingo yagaragarije abari mu nama uko abayobozi 
    b’imirenge igize Akarere ka Bwakira bitabiriye gutanga raporo n’uko bahiguye 
    imihigo yabo. Abari mu nama bamaze kubyunguranaho ibitekerezo basanze 
    hari abayobozi bagomba kugirwa inama n’abandi bagomba guhindurirwa 
    imirenge bayoboraga. Ni muri urwo rwego umuyobozi w’Umurenge wa 
    Mataba yimuriwe mu murenge wa Mugote uwayoboraga umurenge wa Mugote 
    akagurana na we. Umuyobozi w’Umurenge wa Marangara hafashwe umwanzuro 
    wo kumwandikira ibaruwa imusaba ibisobanuro birambuye ku mpamvu zo 

    kudatangira raporo ku gihe.

    4. Ingingo ya kane: utuntu n’utundi
     Mu tuntu n’utundi, umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho 
    y’abaturage yagejeje ku bari mu nama ikibazo cy’abayobozi b’utugari 
    bakoresheje nabi amafaranga y’ubudehe batagishije inama abaturage ngo 
    bumvikane ku cyo bakoresha amafaranga y’ubudehe. Nyuma yo kungurana 
    ibitekerezo kuri icyo kibazo abari mu nama bafashe umwanzuro wo gutumiza 
    abo bayobozi bakagirwa inama bazakomeza kuyobora nabi bagahagarikwa ku 

    buyobozi.

    Inama yashojwe saa kenda n’igice uyoboye inama yongera gushimira 

    abayitabiriye.

    Umwanditsi w’inama Umuyobozi w’inama

    Umwanditsi w’inama                                  Umuyobozi 

    w’inama

    UWISANZE Diane                                    MUGISHA Arnauld         


    6.5.1.  Inshoza y’inyandiko mvugo

     Inyandiko mvugo ni umwandiko uvuga ibyakozwe, ibyabaye cyangwa ugasubira 
    mu byo uwandika yabonye cyangwa se yanagizemo uruhare mu nama. Iyo 

    urebye abo inyandiko mvugo igenewe, usanga hari uburyo bubiri ikorwamo:

    Inyandiko mvugo ishobora kuba igenewe umuntu wari uhari igihe ibikorwaho 
    inyandiko mvugo byabaga, kugira ngo atibagirwa ibyabaye abone uko abyigaho 
    neza cyangwa ashyire mu bikorwa ibyumvikanweho. Inyandikomvugo igenewe 
    umuntu utari uhari kugira ngo amenye ibyavugiwe cyangwa ibyakorewe aho 

    atari ari.

    6.5.2.  Ibice bigize inyandikomvugo n’uko ikorwa
     Inyandiko mvugo y’inama igaragaza ibice bine by’ingezi: umutwe, abari mu 

    nama, ibyari ku murongo w’ibyigwa n’uko inama yagenze muri make.

    a) Umutwe

    Ugaragaramo iyo nama iyo ari yo n’igihe yabereye mu magambo make.

    b) Abari mu nama
     Muri iki gice inyandiko mvugo igaragaramo urutonde rw’abitabiriye inama bose. 
    Iyo atari benshi cyane bagaragazwa mu ntagiriro y’inyandiko mvugo. Ariko iyo 
    abitabiriye inama ari benshi cyane bashyirwa ku mugereka w’inyandikomvugo 
    y’iyo nama. Muri iki gice kandi hashobora no gushyirwamo abatarayitabiriye 

    bafite impamvi cyangwa batayifite.

    c) Ibyari ku murongo w’ibyigwa
     Muri iki gice, ukora inyandiko mvugo arondora ibyo inama yagombaga 
    kwigaho byose nk’uko biba byavuzwe n’umuyobozi w’inama ndetse n’ibindi 
    byifujwe n’abari mu namma ko byajya mu tuntu n’utundi; ibitari byateganijwe 

    n’umuyobozi w’inama.

    d) Uko inama yagenze

    Muri iki gice ukora inyandiko mvugo yandika muri make icyo bumvikanye 
    kuri buri ngingo. Ntiyandika ibyo buri muntu yavuze, ahubwo yandika gusa 
    umwanzuro wafashwe kuri buri ngingo yari ku murongo w’ibyigwa kandi 

    bikandikwa ku buryo bwumvikana neza adashyiramo ibitekerezo bye.

     Ikitonderwa
     Ibindi bigomba kugaragara mu nyandiko mvugo ni aho inama yabereye, urwego 
    inama yateranyemo, impamvu y’inama, igihe yatangiriye n’igihe yarangiriye.

    Inyandikomvugo ntajyamo ibitekerezo bwite by’uyikora. Ni umwandiko uvuga 

    ibyabaye utagize icyo uhindura.   

    UMWITOZO
    Mwishyire mukigwi cy’abarimu maze mwitoremo umuyobozi w’ishuri 

    abategurire inama ayiyobore abandi mukore  inyandiko mvugo yayo.

    VI.6. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
    Ishyire mu mwanya w’umuyobozi w’ikigo k’ishuri maze utegura gahunda 
    y’inama y’abarimu kandi uyiyobore. Iyo nama iraba ifite insanganyamatsiko yo 
    kwirinda ruswa n’akarengane. Kora inyandiko mvugo y’iyo nama.

     

    Ubu nshobora:
    - Gusesengura umwandiko ku kurwanya ruswa n’akarengane ngatahura 
     ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo. 
    - Gutegura no gukora inyandiko mvugo y’inama. 
    - Gusesengura amazina gakondo n’amatirano ngagaragaza uturemajambo 

    n’amategeko y’igenamajwi. 

    Ubu ndangwa:
    N’indangagaciro z’umuco nyarwanda: gukunda igihugu, kugira ubutwari, 
    kugira ikinyabupfura, kwitabira no gukunda umurimo, kuvugisha 
    ukuri, kutavangura no kutiremamo ibice, kurwanya ruswa no gukumira 
    ihohoterwa…

    - No gushishikariza bagenzi bange kurwanya no gukukumira ruswa n’akarengane.

     VI.7. Isuzuma risoza umutwe wa gatandatu
     
    Umwandiko : Gukunda Igihugu
     Gukunda Igihugu ni ugukunda benecyo n’abagituye nta kurobanura, gukunda 
    ibikigize byose nk’ubutaka, ururimi n’umuco no kumenya amateka yacyo, 
    kugikorera no kugira ishyaka ryacyo, kubumbatira umutekano n’ubusugire 
    bwacyo, kukirwanirira harimo ishyaka ryinshi, kwitanga ukaba wanagipfira 
    bibaye ngombwa byo bigihesha agaciro.

    Gukunda Igihugu bigaragara ku munyagihugu watojwe neza uburere 

    mboneragihugu, akagira uruhare mu gusigasira uburere n’umuco w’Igihugu 
    ke, akakitangira mu buryo bwose bushoboka, akacyubaka, akanagiteza imbere 
    yicungira umutekano, akaba mu ijisho ryawo aho ari mu bufatanye n’inzego 
    zose z’ubuyobozi n’iz’umutekano.

    Buri gihugu kiba gifite intego yo kugira umunyagihugu watojwe neza uburere 

    mboneragihugu, usigasira uburere n’umuco w’Igihugu ke, wakitangira mu 
    buryo bwose bushoboka, witabira ibikorwa bicyubaka bikanagiteza imbere 
    ndetse akanagira uruhare mu kwicungira umutekano.

    Ijambo uburere mboneragihugu rituruka ku gikorwa cyo kurerera Igihugu 

    bishaka kuvuga : gutanga uburere bubereye Igihugu, bugihesha ishema, butuma 
    gikundwa, cyubahwa, kikanagendwa. Bugamije kandi kubaka, gushimangira, 
    gukomeza ubumenyi bw’abanyagihugu ku bireba Igihugu cyabo. Hari izindi 
    ndangagaciro ziba zigamijwe zirimo ubwitange, gucunga neza ibya rubanda, 
    kubungabunga umutekano, kugira ishyaka, ubutwari, kwirinda amacakubiri, 
    kugira urukundo, kwemera inshingano no kuzisohoza, kugira ishyaka, 
    kubungabunga ibidukikije, ubufatanye mu iterambere.

    Hari inkingi zubakirwaho uburere mboneragihugu ari zo amateka y’Igihugu, 

    umuco w’Igihugu, indangagaciro z’Igihugu, ikerekezo k’Igihugu, ikirangantego 
    k’Igihugu
    (Ubumwe, Umurimo, Gukunda Igihugu), gahunda ya guverinoma. Mu Rwanda 
    Uburere mboneragihugu tubukomora kuri ibi bikurikira birimo uruhererekane 
    nyemvugo : Ingero (Wima amaraso Igihugu, imbwa zikayanywera ubusa, 
    u Rwanda ruratera ntiruterwa, ese ko abandi bahunga bagana u Rwanda, 
    ndaruhunga nge he? (Bisangwa).

    Iyo uburere mboneragihugu bwigishijwe neza kandi bufite intego, bituma ha

    baho ubumwe bw’abanyagihugu, ishema ry’Igihugu, umutekano n’iterambere 
    ry’Igihigu kandi Igihugu gikomeza ubusugire bwacyo.
     Umuntu ukunda Igihugu arangwa n’indangagaciro zinyuranye. Harimo 
    guhorana ingamba zo guhindura abandi, abaganisha ku mikorere ya 
    kirwanashyaka kandi adahuga, kubahiriza uburenganzira bw’abandi nk’uko 
    yifuza ko ubwe bwubahirizwa, kuzirikana ko abantu bose bareshya imbere 
    y’amategeko. Uwo muntu ahora arangwa no kuzirikana ko hari byinshi byiza 
    byasizwe n’Abakurambere bityo akumva ko agomba kwishyura iryo deni na 
    we akagira icyo asiga akoze abazavuka nyuma bakazabiheraho ; kuzirikana ko 
    umutungo kamere w’Igihugu (ubutaka, amabuye y’agaciro, amazi n’ibidukikije) 
    ari uw’abariho n’abazabakurikira bityo ukaba ukwiye gucungwa hazigamirwa 
    abazakomoka ku bariho mu gihe runaka. Umuntu watoye inyigisho z’uburere 
    mboneragihugu ahora ashishikajwe no kugikorera nta kwiganda, gushaka 
    ibisubizo by’ibibazo biriho, kutagambanira Igihugu, kwitangira Igihugu akaba 
    yanagipfira bibaye ngombwa, kwishimira kuba umuvugizi w’Igihugu ke aho 
    ari hose, kutarangwa n’ivangura iryo ari ryo ryose, gushyira inyungu z’Igihugu 
    imbere kurusha ize ku giti ke.

    Uburere mboneragihugu ni ngombwa kandi ni ingenzi mu kubanisha 

    umunyagihugu n’Igihugu ke. Uburere mboneragihugu bukwiye gukomeza 
    kwigishwa ingeri zose z’abanyarwanda. Muri iki gihe, bukwiye kudufasha 
    kugira uruhare rugaragara mu iterambere, kubaka ishema, ikizere cya none 
    n’ik’ejo hazaza ku Banyarwanda bose. 

    I. Ibibazo  byo   kumva no gusesengura  umwandiko

     1. Ni akahe kamaro k’uburere mboneragihugu?
     2. Ni ibihe bintu bitanu byibuze biranga umwenegihugu ugikunda?
     3. Erekana inkingi uburere mboneragihugu bwubakirwaho.
     4. Muri uyu mwandiko ni iyihe nsanganyamatsiko nkuru irimo?
     5. Ni izihe ngingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko?
     6. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko ?
     
    II. Inyunguramagambo

     1. Sobanura aya magambo uhereye ku mwandiko:
     a) Uburere mboneragihugu
     b) Igihugu
     c) Guhuga
     d) Uruhererekane
     e) Amacakubiri
     2. Koresha buri jambo mu nteruro, ugendeye ku nyito yaryo mu mwandiko:
     a) Guhuga
     b) Gusohoza,
     c) Guhunga.
     3. Tanga ingwizayito byibura eshatu z’ijambo agaciro kandi uzisobanure.

     III. Ibibazo  by’ikibonezamvugo  

    1. Subiza ukoresheje “ni byo” cyangwa “si byo”
     a) Kuvuga uvanga indimi byerekana ko uzi gutira bisanzwe.
     b) Utira ijambo iyo irivuga icyo ushaka rikunanira kuvuga neza bityo 
    bigatuma udashobora kwisobanura uko bikwiye.
     c) Utira ijambo iyo irivuga icyo ushaka ari rirerire cyane mu rurimi 
    rwawe.
    d) Utira ijambo iyo irivuga icyo ushaka, riri mu rurimi rwawe.
     e) Utira ijambo ry’icyo ushaka, ariko kidasanzwe mu muco no mu rurimi 
    rwawe.
     2. Tahura  amazina Gakondo  mu  nteruro zikurikira, ugaragaze  intego  
    yayo  n’amategeko y’igenamajwi yubahirijwe.
     a) Umwami Kigeri IV Rwabugili ni umwe mu ntwari z’u Rwanda.
     b) Mu mutungo  kamere w’Igihugu  cyacu  harimo ubutaka, amabuye 
    y’agaciro, amazi  n’ibidukikije. 
    c) Abaturarwanda  bagomba  kurangwa n’ishyaka  ryo  gukunda  Igihugu.
     
    IV.  Ibibazo  ku nyandiko mvugo n’inama 

    1. Rondora ibiranga inyandiko mvugo.
     2. Hari uburyo bwo kuyobora inama, ese ni ubuhe ?

     3. Ni ryari imyanzuro y’inama ifatwa kandi ni bande bayigiramo uruhare ? 


    UNIT 5: KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJEUNIT 7: GUKUNDA UMURIMO