• UNIT 3: UBUZIMA BW’IMYOROROKERE

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -Gusesengura inkuru ndende agaragaza imiterere, ibarankuru 
    n’ishushanyabikorwa byayo. 

     -Kugaragaza uburyo, indango, ijyana n’irebero by’inshinga. 

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
     Ukurikije uko ubona imyitwarire y’ingimbi n’abangavu, sobanura ibintu 
    nibura bitatu bigaragaza ko umuhungu cyangwa umukobwa wo muri 
    iki kigero asobanukiwe ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. Wakora 
    iki kugira ngo ushishikarize abasore n’inkumi kutishora mu mibonano 

    mpuzabitsina bakiri bato. 

    III.1. Umwandiko: Amatsiko y’abato


    Kanyana yakomeje kurererwa kwa nyirasenge Mariya. Amaze kugira imyaka 
    cumi n’ibiri yabonye umubiri we uhindutse. Nibwo yatangiye kujya azana 
    ibishishi mu maso ndetse n’ibice bimwe by’umubiri bitangira gukura. Mariya 
    yamusabaga kwiyitaho birushijeho cyanecyane akajya yita ku isuku y’umubiri n’ 
    iy’imyambaro. Amusobanurira ko ageze mu gihe cy’ubwangavu. Nyamukobwa 
    na we kwiyitaho ntiyabibwirizwaga, yari nyirasuku; yagendanaga indorewamo 
    mu mufuka agahora yireba arko akababazwa n’ibiheri yari afite mu maso. 
    Rimwe Muneza, umuhungu w’ingimbi w’imyaka cumi n’itanu, amusanga mu 
    nzira ahagaze, ashavuye, arimo kwireba, aramusuhuza amubaza impamvu 
    atishimye. Kanyana amusubiza ko abangamiwe n’ibiheri afite mu maso. Muneza 
    yarasetse aratembagara. 

    Hashize akanya aramubwira ati: “Kora aha mwana wakuze! Ubu wamaze kuba 

    umwangavu kwivuruguta mu ivu wabisezeyeho”. Kanyana yamubajije impamvu 
    abandi bakobwa bamuruta batagira ibyo biheri. Muneza yamusobanuriye 
    ko   ubwangavu budatangirira rimwe ku bakobwa bose. Akomeza agira ati: 
    “Hari abashobora kuzana ibimenyetso byabwo mbere gato y’imyaka cumi 
    n’ibiri, hakaba n’abashobora gutinda kubizana, bakaba bageza no ku myaka 
    cumi n’umunani”. Yamubwiye ko umwarimu wabo Twahirwa yabasobanuriye 
    ko umwana urya neza, akabaho mu buzima bwiza, azana ibimenyetso 
    by’ubwangavu hakiri kare. 

    Kanyana yahise yibuka ko na we nyirasenge yabimubwiye. Kanyana yabajije 
    Muneza uko bigenda ku bahungu. Muneza yamusobanuriye ko n’abahungu 
    badakurira rimwe; hari abazana ibimenyetso by’ubugimbi hakiri kare hakaba 
    n’abakura, bagera mu myaka cumi n’itanu bakaba ari ho bazana ibyo bimenyetso. 
    Muneza yabwiye Kanyana ko yabonye ibimenyetso by’ubugimbi afite imyaka 
    cumi n’ine. Ati: “ Natangiye kuniga ijwi no kumera ubwanwa nujuje iyo myaka”. 
    Kanyana yahise amureba ku kananwa asekana udusoni areba hasi. 

    Abo bana ntibakomeje kuganira ku mihindagurikire y’imibiri yabo. 

    Basezeranyeho buri wese akomeza inzira ye. Kubera uburyo Kanyana yari 
    yakunze Muneza, yagendaga akebuka amukurikiza amaso ari na ko kugenda 
    bimugora. Ku rundi ruhande, Muneza na we byaramugoye gutandukana n’uwo 
    mwana w’umukobwa. 

    Kanyana asubiye imuhira asanga nyirasenge yamuguriye agakariso keza cyane. 

    Akamuhereje arishima cyane maze ajya ku  ishuri  anezerewe. Mu gihe Kanyana 
    yaganaga ku ishuri  yageze mu nzira yumva mu nda haramuriye yicara hasi, 
    ahagurutse abona amaraso ku myenda ye. Yagize agahinda kenshi asubira mu 
    rugo abitekerereza nyirasenge, na we amusobanurira ko ari imihango yazanye, 
    ko ibyo bitagombye kumutera ipfunwe ahubwo ko bigomba kumutera ishema 
    ko yakuze kandi ari umukobwa muzima. Ariko ibyo byose Kanyana ntiyari 
    abyitayeho, kuko yari yibabarijwe n’agakariso ke gashya kari kanduye. Mariya 
    yamusabye guhita yoga akanamesa neza ako gakariso, akakanika ku zuba. Amaze 
    kwiyuhagira, Mariya yamuhereje “kotegisi” anamwereka uko bayambara. Ati: 
    “Iki bakita umugati w’abantu bakuru. Ibikoresho bifitanye isano n’imyanya 
    y’ibanga kirazira kubivugira mu ruhame. Uwakumva ubivuga yakwita umupfu.”

    Ubwo Kanyana yabyibajijeho, ashaka kumenya impamvu abantu bafata ibijyana 

    n’ubuzima bw’imyororokere nk’ibintu bizira kuvugirwa mu ruhame. Yahise ajya 
    kubitekerereza Muneza biganiriraga byose ngo amusobanuze aramubura. Ni ko 
    gutekereza gushakishiriza kuri murandasi, ashyiraho ikibazo agira ati: “Kuki 
    abantu bafata ibijyana n’ubuzima bw’imyororokere nk’ibintu bizira kuvugirwa 
    mu ruhame?”. Abakibonye kuri murandasi bamuhaye ibitekerezo bikurikira: 
    icya mbere igitsina ni ryo tandukaniro ry’ibanze ritandukanya umugore 
    n’umugabo, ni cyo gituma abantu benshi bagira isoni zo kuba bavuga ibijyana 
    na cyo byose mu ruhame. Ikindi kandi iyo uvuze igitsina, nk’umugabo ahita 
    yumva ubushobozi bwe bwo kubyara no gushimisha uwo bashakanye. Hari 
    abahita bumva rero bakojejwe isoni. “Impamvu yindi ituma ibintu byerekeza 
    ku gitsina bitavugwa, ni uko ari urugingo rw’umubiri abantu bose banyuramo 
    kugira ngo bagere ku isi”. Nyamara, ntibirubuza kuba urugingo mu zindi ngingo 
    nyinshi zigize umubiri. Impamvu ya nyuma ngo ni uko ibintu byose birebana 
    n’igitsina bidakwiriye kuvugwa kugira ngo nibigirwa ibanga bifashe abantu 
    kwitwara neza. Ibyo rero ni bimwe mu bindi bisubizo byinshi cyane byatanzwe.

    Nyuma y’imyaka itanu, Kanyana ageze mu mwaka wa gatanu w’amashuri 

    yisumbuye, ari mu kiruhuko yagiye i Kigali gusura mubyara we Kayitesi. Bwari 
    ubwa mbere akandagiye mu murwa mukuru w’ u Rwanda. Akigera Nyabugogo 
    yavuye mu modoka, atangazwa n’ibimodoka byinshi kandi binini yabonaga mu 
    kigo abagenzi bategeramo imodoka, amazu menshi kandi agerekeranye, ndetse 
    n’uruvunganzoka rw’abantu. Mu gihe yari agitangarira ubwo budasa bwa 
    Kigali, yagiye kumva, yumva umuntu amukozeho. Akebutse abona ni Muneza. 
    Amukubise amaso amarira y’ibyishimo amutemba ku matama. Kumuhobera 
    biramugora. Muneza na we abura uko agenza, ahugira mu kumuhoza. Kanyana 
    amaze gucururuka ahobera Muneza n’urukumbuzi rwinshi.  

    Muneza we yari yararangije amashuri yisumbuye, afite akazi. Yahise ajya 

    kumugurira fanta. Baricara baraganira biyibutsa ikiganiro bagiranye ku 
    buzima bw’imyororokere. Kanyana amutekerereza uburyo imihindagurikire 
    y’umubiriwe yamubereye ikigeragezo ko hari abamubwiraga ko ibyo bimubaho 
    byose ari uko adakora imibonano mpuzabitsina. Muneza yamubwiye ko abo ari 
    abashakaga kumushuka. 

    Amusobanurira ko ibyo ari ibihe umukobwa wese agomba gucamo, bikaba ari 

    na cyo kimenyetso cy’uko ubuzima bwe bw’imyororokere ari nta makemwa. 
    Bamaze gusangira fanta, Kanyana yashimiye Muneza uburyo amwakiriye 
    n’uburyo atahwemye kumufasha gusobanukirwa n’ibyo yibazaga ku buzima 
    bw’imyororokere. Muneza na we yafashe umwanya amushimira ubutwari yagize 
    bwo guhangana no kwitwara neza mu rugamba rw’imihindagurikire y’umubiri 
    n’uburyo yimye amatwi abashakaga kumushuka bitwaje iyo mihindagurikire 
    y’umubiri. Bahise bahaguruka, barahoberana nuko basezeranaho, Muneza 
    asubira mu kazi ke, Kanyana asubira mu kigo abagenzi bategeramo imodoka 
    gutegereza mubyara we ngo aze amufate.

    Mu kanya gato, Kayitesi yahise amusesekaraho ari kumwe n’undi mukobwa 

    babana. Barahoberanye cyane maze bafata imodoka yerekeza Kimironko. Mu 
    nzira Kanyana yagendaga abaza utubazo twinshi tw’amatsiko: - - 

    - Iriya nzu nini yizengurutsa itatse amabara, bayita ngo iki?

    -Iriya ni inyubako izwi cyane mu Rwanda no ku isi hose, yitwa inzu 
      mberabyombi ya Kigali (Kigali Convention Center). 

    Kanyana byaramutangaje cyane kuko yahise yibuka ko n’iwabo mu cyaro 

    iryo jambo barikoreshaga bashaka kuvuga ikintu gishya gifite ishusho 
    yiburungushuye.

    Bageze ku Kimironko Kayitesi yamuteguriye amazi aroga, hanyuma bajya 

    ku meza bafata amafunguro. Iryo joro Kayitesi yararanye na Kanyana 
    arara amubaza amakuru yo mu cyaro. Yaboneyeho kumuhanura ko i Kigali 
    hadasanzwe, abakobwa bahaba bagomba kwitonda kandi bakagira amakenga.
    -Muri iyi minsi mike tugiye kumarana uzitwararike, Kigali ni amahanga, 
      haba ibishuko n’ibigusha byinshi. 
    -Rwose nzitwararirika sinzajya mva mu rugo. 

    Bwarakeye Kayitesi ajya ku kazi, Kanyana asigarana na Teta umukobwa wabanaga 

    na Kayitesi. Teta yitegereje Kanyana abona uburyo ari umukobwa mwiza uteye 
    neza ariko amubwira ko hari akantu gato abura ngo abe umukobwa w’ihoho. 
    Kanyana yagize amatsiko yo kumenya ako kantu abura. Teta yamubwiye ko 
    agenda agaruka. Kanyana ayoberwa ibyo avuze. Teta amusobanurira ko ariko 
    nta matako n’ikibuno kinini afite. Ibyo byateye ipfunwe ryinshi Kanyana, bituma 
    ahora yireba ageraho abona ko ari byo koko. Nyuma yaje kubaza Teta uko we 
    yabigenje ngo agire amatako n’ikibuno kinini. Teta yaramusetse  aratembagara 
    ati: “Nta musore w’inshuti ugira?” Kanyana amubwira ko amufite. Undi ati: 
    “Ubwo se akumariye iki ko umuti ari we uwufite?”

    Kanyana yakomeje kubitekerezaho ntiyumva icyo Teta ashaka kuvuga. 

    Yaramusobanuje undi ageraho aramwerurira amubwira ko ikibuno kizanwa 
    no gukora imibonano mpuzabitsina kandi kenshi!  Yahise atekereza kuzajya 
    kubibwira Muneza kugira ngo azamuhe kuri uwo muti. Ategura uko azagenda 
    Kayitesi atabimenye. Yinjiye mu modoka, akubitana na Kayitesi asohoka mu 
    modoka. Kayitesi amubajije aho agiye, amubeshya ko yasomye mu gitabo ahantu 
    bavuga ko gukora imibonano mpuzabitsina bituma umukobwa agira ikibuno 
    giteye neza. None akaba agiye kubibaza inshuti ye ikunda kumusobanurira 
    ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. Mubyara we yahise yamaganira kure iyo 
    mitekerereze mibi aboneraho kumwumvisha ko imiterere ye nta ho imwaye. 
    Ahubwo ko abantu bose babwira Kayitesi ko Kanyana ateye neza. Yakomeje 
    amusaba kutishinga amabwire n’ibitekerezo byose asoma kandi akihutira kujya 
    amubaza ibyo adasobanukiwe.

    Teta yakomeje kujya amushuka ngo amushore mu busambanyi, Kanyana 

    aramunanira. Yabonye ko amaherezo yazagwa mu mutego w’umushukanyi 
    ahitamo gusezerera ngo yisubirire iwabo mu cyaro. Yabwiye mubyara we ko 
    atashobokana na Teta kuko amutesha umutwe ashaka ku mushora mu ngeso 
    z’ubusambanyi. Kayitesi yicaza Teta amubwira ko izo ngeso ari mbi. Amwereka 
    ko zishobora no kumuzanira ingaruka mbi nko kurwara Sida n’izindi ndwara 
    zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ndetse no gusama inda 
    zitateganyijwe. 

    Kayitesi yahise afata umwanzuro wo kubaganiriza abashishikariza kujya 
    kwipimisha ngo bamenye uko bahagaze ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. 
    Bagezeyo basanze, Teta atwite na ho Kanyana ari mutaraga. 

    Teta yatangiye kugenda agira ubuzima bukomeye, burimo kurwaragurika no 

    gucika intege. Muri ubwo buzima bwose bukomeye Teta yari arimo Kayitesi 
    ntiyigeze amutererana, yakomeje kumwitaho agira ngo arengere umwana 
    atwite, abagenera indyo yuzuye n’ibindi byangombwa bifasha umubyeyi utwite 
    kugira ubuzima buzira umuze. 

    Nyuma y’ukwezi Kanyana yasubiye iwabo, anyura ku kazi kwa Muneza. Yongeye 

    kumwakirana ubwuzu, anamusaba ko narangiza kwiga azamubera inshuti 
    bazabana ubuzima bwose. Kanyana yafashe imodoka yerekeza iwabo mu cyaro 
    agenda atekereza kuri icyo kifuzo cya Muneza. 

    3.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

     Soma umwandiko “Amatsiko y’abato” ushakemo amagambo udasobanukiwe 
    hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashishije 
    inkoranyamagambo. 

    IMYITOZO

     1. Uzurisha izi nteruro amagambo ukuye mu mwandiko.
     a) Bimwe mu bimenyetso biranga umukobwa winjiye mu bwangavu 
    ni ukugira ........... mu maso. 
    b) Iyo abahungu babaye .................. batangira ................. ijwi. 
    c) Abantu bagenda buzuye umuhanda baba ari ..........................
     d) Musoni giye i Kigali none iwabo babuze ............................. ke bararize 
    barihanagura. 
    2. Shaka impuzanyito z’amagambo akurikira yakoreshejwe mu 
    mwandiko.
     a) Ibishishi 
    b) Ashavuye
     
     3.1.2. Gusoma no kumva umwandiko
     IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Amatsiko y’abato” maze usubize ibibazo 
    byawubajijweho. 
    1. Abakinankuru bavugwa mu mwandiko ni bande?
     2. Abantu ntibakunda kuvugira mu ruhame ubuziama 
    bw’imyororokere. Tanga impamvu eshatu ziri mu mwandiko 
    zibihamya.
     3. Mu mwandiko baratubwiramo umukobwa wari ufite amatsiko 
    yo kumenya ubuzima bwe bw’imyorororkere.
     a) Ni bande bamufashije kuyashira. Ubibwirwa ni iki? 
    b) Ni bande bamurohaga aho kumugira inama? Sobanura uko 
    yamushukaga. 
    4. Ni izihe mpamvu zavuzwe mu mwandiko zishobora gutuma 
    abakobwa bagera mugihe cy’ubwangavu imburagihe?
     5. Abangavu bafite ibintu by’ingenzi biranga ko bageze mu kindi 
    kiciro cy’ubukure. Ibyo bintu ni ibihe byavuzwe mu mwandiko?
     6. Ingaruka zagera ku ngimbi n’abangavu badasobanukiwe neza 
    n’ubuzima bw’imyorororkere ni izihe. Sobanura izo ngaruka 
    wifashishije urugero rw’uwo byabayeho wavuzwe mu mwandiko.

    III.1.3. Gusoma no sesengura umwandiko

     IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Amatsiko y’abato” maze usubize ibibazo 
    bikurikira:

     1. Tanga ingingo z’ingenzi zibanzweho muri  uyu mwandiko.
     2. Ni ngombwa kubwira abantu ibijyane n’ubuzima bw’imyororokere 
    bakiri bato. Sobanura byimbitse.
     3. Ingamba abangavu n’ingimbi bagomba gufata kugira ngo 
    hakomeze kurinda ubuzima bwabo kwandura indwara zandurira 
    mu mibonano mpuzabitsina ni izihe?
     4. Gereranya imyitwarire ya bamwe mu abakinankuru n’ubuzima 
    busanzwe bw’aho utuye.

    III.2. Inkuru ndende

     3.2.1. Inshoza n’uturango  by’inkuru n’uko  basesengura  
    inkuru ndende
     IGIKORWA
    Ongera usome umwandiko “Amatsiko y’abato” witegereza imiterere 
    yawo, uko abakinankuru bateye n’uko ibarankuru riteye maze ukore 
    ubushakashatsi utahure inshoza n’uturango by’inkuru ndende. Uhereye   
    ku turango  tw’inkuru  ndende,  tahura  uko  wasesengura inkuru  ndende. 

    1. Inshoza y’inkuru ndende  

    Inkuru ndende nk’uko iryo zina ribivuga ni inkuru iba ari ndende, ibarwa 
    n’umubarankuru uvuga uko yagenze. Bamwe mu basesenguzi b’inkuru 
    ndende bayivuga berekana ko igomba kuvuga ibyabayeho ndetse umwanditsi 
    akavuga ubuzima bwe; ibyamubayeho. Abandi bati: “Igomba kuba ari inkuru 
    y’impimbano n’ubwo ibyo ivuga byashobora kubaho.” Igihurirwaho na benshi ni 
    uko inkuru ndende igomba kuba ifite inkuru ibara, uruhererekane rw’ibikorwa. 
    Ibi, babishimangira bagira bati: “Inkuru ndende ni uruhererekane rw’ibikorwa 
    mpimbano bishobora kubaho cyangwa byabayeho, ikaba ifite imisusire ya 
    gihanga kandi nyabugeni igaragaza ko umwanditsi ari intyoza mu kubara 
    inkuru, mu kuyiha imiterere myiza y’ibikorwa no kubikurikiranya.”

    2. Uturango tw’inkuru ndende

     Inkuru ndende irangwa n’imiterere ndetse n’imyubakire byayo. Inkuru ndende 
    irangwa kandi no kuba ishobora gukorerwa ishushanyabikorwa.
     
    a) Imiterere y’inkuru ndende

    Inkuru ndende  iba ifite ibi bikurikira:  ikivugwa mu nkuru, abanyarubuga, 
    ibarankuru, akabugankuru, ibikorwa, umugendo  w’inkuru, uburebure n’ahantu. - 

    Ikivugwa mu nkuru ndende

     Ingingo abanditsi b’inkuru ndende bavugaho ni nyinshi kandi ziratandukanye 
    kimwe n’izo dusanga mu zindi ngeri z’ubuvanganzo. Mu nkuru ndende 
    dusangamo urukundo rudasibangana, urukundo rwa bugigi, uburere n’umuco 
    wa kera bitajya imbizi n’uburere n’umuco by’ubu, poritiki n’ubutegetsi, ubwenge 
    bw’indushyi, uburaya n’ubwomanzi, iyimukacyaro, ubuhemu, ubugome, ishyari, 
    inzangano, amoko, urupfu rutunamura icumu, ubusabane mu bantu, ubukene 
    n’ubujiji, inkuru ndende zivuga ku bukoroni…
     
    Abakinankuru (abanyarubuga)
     Mu nkuru ndende haba umukinankuru mukuru ushobora kuba umwe 
    cyangwa babiri. Umukinankuru mukuru ni we uba ari ipfundo ry’inkuru. Ni we 
    ikigamijwe cyangwa intego y’inkuru iba ishingiyeho. 

    Hari kandi n
    ’abakinankuru bungirije. Aba ni bo usanga mu nkuru bamufasha 
    kugera ku kigamijwe cyangwa bakamubera imbogamizi. Aba bakinankuru 
    kandi ni na bo usanga insanganyamatsiko nto cyangwa zungirije zishingiyeho. 
    Mu nkuru ndende kandi dusangamo cyangwa dushobora gusangamo 
    abakinankuru ntagombwa, aba bakinankuru iyo urebye usanga kuba mu 
    nkuru kwabo cyangwa kutagaragaramo nta cyo byahindura ku kivugwa mu 
    nkuru. Nta nsanganyamatsiko iba ibashingiyeho. Mu yandi magambo twabita 
    indorerezi.

    -Ibarankuru

     Hari ubwoko bubiri bw’ibarankuru: ibarankuru ribwira n’ibarankuru ryerekana. 
    Mu nkuru ndende dushobora gusangamo ubwo bwoko bwombi bw’ibarankuru.

    Ibarankuru ribwira:  ni igihe umubarankuru agaragara mu nkuru, maze 

    uyisoma akamenya ko inkuru ifite uyibara. Ibarankuru ribwira ryibanda ku 
    gukoresha inshamake maze ibyamaze igihe kirekiere bikavugwa mu gihe gito.

    Ibarankuru ryerekana
    : ryo rikoreshwa mu gihe inkuru yigaragaza ubwayo mu 
    buryo butaziguye, nta mubarankuru ubyivanzemo. Turisanga mu makinamico, 
    aho ibikorwa bigaragazwa n’abanyarubuga ubwabo.
     Mu ibarankuru dusangamo kandi  indebero. Indebero ni uburyo bugaragaza 
    uko umubarankuru abona ibyo inkuru imenyekanisha. Hari indebero 
    mbonabyose, indebero mbonankubone n’indebero mbonabihita.

    Indebero mbonabyose
    : ni iy’umubarankuru ubona byose, ibyigaragaza 
    n’ibitigaragaza, ibintu ndengakamere hamwe n’ibibera ahantu umuntu 
    adashobora kugera. Usanga avuga ibibera henshi icyarimwe nk’aho biba 
    ahibereye hose ku isaha imwe. Nta na kimwe kimwisoba. Asa n’ufite ububasha 
    nk’ubw’Imana. Aba azi byose: ari ibyo abanyarubuga batekereza, ari ibyo 
    bahishe, imbamutima zabo, mbese aba abazi kurusha uko biyizi. Iyi ndebero 
    ni yo ikunze gukoreshwa. Ikunze kugaragara mu nkuru ibaze muri ngenga ya 
    gatatu. 

    Indebero y’imbonankubone
    : ni imenyekanisha gusa ibyo umunyarubuga 
    runaka areba cyangwa yiyumvisha. Iyo ndebero imenyekanisha ibiri aho 
    umunyarubuga ageza ibyumviro. Umubarankuru aba azi ibingana n’ibyo 
    abanyarubuga cyangwa abakinankuru bazi, akitwa ko arebera imbere mu 
    nkuru. Iyi ndebero tuyisanga ahanini mu nkuru zibaze muri ngenga ya mbere, 
    aho umubarankuru aba ari n’umunyarubuga. 

    Indebero mbonabihita
    : ni imenyekanisha gusa ibigaragara n’ibivugwa nta 
    guca hirya, isura y’ibintu, y’abanyarubuga, uko bitwara mu mvugo no mu 
    ngiro. Muri iyi ndebero, bisa n’aho ibyinshi abanyarubuga ari bo babyivugira, 
    umubarankuru agasa n’ugenda yuzuriza binyuze mu bisa n’intekerezo ku 
    bivuzwe n’abanyarubuga. Ikunze kuboneka mu nkuru za giporisi.

    Mu myandikire y’inkuru, umwanditsi ahuza umwanya w’umubarankuru mu 

    nkuru n’indebero kugira ngo abibyaze ikintu gifite icyo kivuze ku musomyi. 
    Ibyo bituma ababarankuru bashyirwa mu byiciro by’ingenzi bikurikira: 

    Umubarankuru ashobora kubara inkuru na we ubwe akinamo. Ni muri urwo 

    rwego usanga akoresha ngenga ya mbere, akitwa umubarankuru wo mu mbere.

    Umubarankuru ashobora kubara inkuru ari hanze yayo. Aha usanga akoresha 

    ngenga ya gatatu asa n’uvuga ibintu yareberaga iruhande mu gihe byabaga, 
    akitwa umubarankuru wo hanze.

    Umubarankuru ashobora kubara inkuru ye ubwe akaba n’umunyarubuga 

    mukuru. Ni muri urwo rwego usanga akoresha ngenga ya mbere kuko ibyo 
    avuga aba abivuga kuri we.  Uyu mubarankuru yitwa umumenyabanga.
     
    Ikitonderwa:

     Umubarankuru atandukanye n’umwanditsi w’inkuru. Umwanditsi w’inkuru ni 
    umuhanzi wanditse inkuru ibarwa mu gitabo ke. Muri uko kwandika inkuru ye 
    agena uburyo ibarwa. Muri ubwo buryo ibarwamo haba hari umuntu ugenda 
    uyibara, uwo akaba ari we mubarankuru. Cyakora hari igihe umwanditsi 
    ashobora kuba ari na we mubarankuru igihe abara inkuru y’ubuzima bwe.- 
     
    Ibikorwa
     Ibikorwa mu nkuru ndende bishingira ku bakinankuru cyane cyane ku 
    mukinankuru mukuru. We n’abakinankuru bungirije bashinzwe kuyobora 
    imigendekere y’ibikorwa byo mu nkuru kugeza ku ndunduro y’inkuru. Bamwe 
    barema imbaraga zimufasha kugera ku ntego umwanditsi w’inkuru aba 
    yamuhaye. 

    Nk’uko abasesenguzi b’inkuru ndende babyemeza, inkuru ndende iyo ari yo 

    yose irangwa no kuba ishobora gukorerwa ishushanyabikorwa. 

    Umugendo w’inkuru

     Ushingiye ku migaragarire n’ikurikirana ry’ibikorwa bivugwa mu nkuru, 
    hashobora kubaho inkuru yubakiye ku bikorwa by’umujyo umwe, ibikorwa 
    by’urusobe n’ibikorwa bihagitse mu bindi.

    Ibikorwa by’umujyo umwe 

    Iyo inkuru igaragaza ibikorwa by’umukinankuru umwe kuva mu ntangiriro 
    kugeza ku iherezo. Ikurikiza umurongo mbonera w’ibarankuru. Iyi nsobeko 
    itsitse ikunze gukoreshwa mu nkuru ngufi.
     
    Ibikorwa by’urusobe
     
    Ni igihe  mu nkuru  harimo ikwikira.  Iri kwikira riba rigizwe n’ibikorwa byinshi 
    bisobekeranye ariko bifitanye isano. Umusomyi aba ashobora gukurikirana 
    inkuru z’abakinankuru benshi ariko zifite aho zihurira cyangwa usanga 
    amaherezo yabo aba amwe. Inkuru ifite abakinankuru benshi ikunze no kugira 
    umugendo ugizwe n’ibikorwa by’urusobe. Urugero ni nko mu ikinamico 
    y’urudaca Urunana.

    Ibikorwa bihagitse 

    Ni ukwinjiza ibindi bikorwa bitari iby’ingenzi mu bikorwa by’ibanze, urugero 
    nk’aho umukinankuru agera aho akabara inkuru y’ibyamubayeho cyangwa 
    agatanga ubuhamya. Ibyo binatuma uburyo n’urwego rw’ibarankuru bihinduka, 
    inkuru y’ibanze ikabarwa n’umubarankuru mukuru, naho inkuru zihagitse mu 
    nkuru y’ibanze zikabarwa n’abandi babarankuru bashobora kuba bamwe mu 
    bakinankuru.
     
    -
    Uburebure 
    Inkuru ndende nk’uko izina ryayo ribigaragaza, irangwa no kuba ari ndende 
    koko (akenshi hagati y’impapuro ijana  na magana abiri mirongo itanu). Kuba 
    hari uburyo ibikorwa bikurikirana kandi bigenda bitera amatsiko usoma 
    ku buryo atarambirwa n’uburebure bwayo. Uburebure bw’inkuru ndende 
    kandi bugaragarira mu inyuranamo ry’inkuru nyinshi zitadukanye kandi 
    ritarambirana.- 

    Akabugankuru (Ahantu)

     Inkuru ndende kandi irangwa no kuba ifite aho ibarirwa; ni ukuvuga akabugankuru.
     Mu nkuru ndende akabugankuru gashobora kuba kazwi cyangwa ari agahimbano.
    Iyo uwandika inkuru avuga ibyabaye ashobora no kuvuga mu by’ukuri aho 
    byabereye hazwi. Iyo abara inkuru y’ibitarabayeho, cyakora bishobora kubaho 
    mu buzima rusange, ashobora gukoresha akabugankuru mpimbano; akavuga 
    ibintu byabereye ahantu runaka ariko hatazwi ku ikarita y’isi.
     
    b) Imyubakire y’inkuru ndende

     Inkuru ndende irangwa no kuba hari ikivugwa, kuba ari ndende no kuba hari uburyo 
    ibikorwa bikurikirana kandi bigenda bitera amatsiko usoma ku buryo atarambirwa 
    gusoma inkuru ibarwa. Ibikorwa mu kubara inkuru mu nkuru ndende 
    biba bishingiye ku bakinankuru, cyanecyane ku mukinankuru mukuru. 
    Umukinankuru mukuru n’abakinankuru bungirije bashinzwe kuyobora 
    imigendekere y’ibikorwa byo mu nkuru kugeza ku mpera yayo. 

    c) Ishushanyabikorwa mu nkuru ndende

     Inkuru ndende iyo ari yo yose irangwa no kuba ishobora gukorerwa 
    ishushanyabikorwa.
     Abakinnyi b’imena bafatanyije n’abungirije bayobora imigendekere y’ibikorwa 
    mu nkuru ndende kugeza ku ndunduro y’inkuru. Bityo mu nkuru ndende 
    umusesenguzi ashobora gushushanya ibikorwa yifashishije igishushanyo 

    giteye gitya:


    Nyiri ubwite: uyu ni we mukinankuru mukuru inkuru iba ishingiyeho, ni we 
    uba ufite intego agamije kugeraho muri iyo nkuru. Aba ashobora kuyigeraho 
    cyangwa ntayigereho.

    Ikigamijwe
    : ni icyo umukinankuru mukuru aba agamije kugeraho mu nkuru. 
    Ni intego aba yahawe n’umwanditsi w’inkuru.

    Ugenera:
    ni igituma umukinankuru mukuru agira intego afite muri iyo nkuru. 
    Ashobora kuba undi mukinankuru cyangwa ikindi kintu gishobora gutuma 
    agera ku ntego runaka.

    Ugenerwa
    : mu yandi magambo ni nyiri inyungu; ni uwo ari we wese mu nkuru 
    wagira icyo yunguka mu gihe umukinankuru mukuru ageze ku cyo yari agamije 
    mu nkuru.

    Abafasha:
    ni abakinankuru cyangwa ikindi kintu gishobora, mu nkuru, gutuma 
    umukinankuru mukuru agera ku cyo yari agamije, cyangwa ikigerageza 
    kumushyigikira mu rugendo rwe rwose kimufasha, kabone n’iyo atakigeraho 
    mu irangira ry’inkuru.

    Imbogamizi:
    ni abakinankuru cyangwa ikindi kintu gishobora, mu nkuru, 
    gutuma umukinankuru mukuru atagera ku cyo yari agamije, cyangwa 
    ikigerageza kumubangamira mu rugendo rwe rwose kimubuza amahirwe 
    kabone n’iyo yagera ku cyo yari agamije mu irangira ry’inkuru, ariko kikaba 
    cyamubangamiraga.

    3. Imisesengurire y’inkuru ndende

    Muri rusange abasesengura inkuru ndende bibanda kuri ibi bikurikira: 
    ikivugwa mu nkuru, abanyarubuga, ibarankuru, akabugankuru, ibikorwa, 
    umugendo w’inkuru, uburebure n’ahantu. Ibi bigakorwa hakurikijwe amahange 
    n’amahame y’ingenzi akoreshwa mu gusesengura umwandiko w’ubuvanganzo 
    muri rusange.

    Usesenngura inkuru agomba kugaragaza ishushanyabikorwa ry’inkuru.


    Usesengura inkuru agomba kandi: 

    - gutahura inyigisho irimo n’indangagaciro zigaragara mu nkuru kuko 
    buri nkuru cyangwa buri gihangano cy’ubuvanganzo kiba gikubiyemo 
    inyigisho n’indangagaciro runaka, ni ngombwa ko usesengura inkuru 
    abigaragaza;
    - gukora inshamake yayo, igaragazamo iby’ingenzi bivugwamo;
     kugaragaza ubuzima bw’umwanditsi w’inkuru ndetse n’ibindi bihangano bye. 

    IMYITOZO

     1. Tandukanya inkuru ndende n’inkuru ngufi ushingiye ku turango 
    twazo.
     2. Jya mu isomero, ushakemo igitabo kirimo inkuru ndende,  
    uyisome kandi uyisesengure ukurikije uko inkuru isesengurwa.

    III.3. Umwandiko: Twite ku buzima

    Tugomba kubungabunga ubuzima bwacu kuko ari yo mpano iruta izindi dufite. 
    Umuntu udafite ubuzima buzira umuze ntashobora gukorera igihugu ngo gitere 
    imbere. Hari indwara nyinshi zishobora kwangiza ubuzima bwacu zaba iziterwa 
    n’udukoko, izinjirira mu myanya y’ubuhumekero, mu myanya ndangagitsina, 
    mu maraso, ku ruhu, n’izindi. Aha turibanda ku ndwara zandurira mu myanya 
    ndangagitsina ari zo : uburagaza, imitezi,na mburugu.

    Uburagaza ni indwara yandurira mu myanya ndangagitsina, ikarangwa 

    n’udusebe tuza kuri iyo myanya, mu mayasha cyangwa mu kabuno. 

    Bitangira ari agaheri buhorobuhoro bikaza kuvamo ibisebe bifite impande 

    zishwanyaguye kandi binuka. Uburagaza bugira ingaruka nyinshi nko gucika 
    k’umuyoboro w’inkari, kwihagarika bigoranye cyangwa kwihagarika nta 
    gitangira.

    Imitezi  na yo ni indwara ikomeye irangwa no kubabara igihe umuntu anyara, 

    kugira umuriro n’isesemi, kubabara igihe ukora imibonano mpuzabitsina 
    no kuzana ururenda rumeze nk’amashyira mu gitsina. Iyo umugore utwite 
    atayivuje ayanduza umwana akaba yavuka ahumye, kimwe n’uko ishobora 
    gutera izindi ndwara nk’umutima n’umwijima.

    Indi ndwara ikunze kugaragara ni mburugu, ikaba irangwa n’uduheri tuza 

    ku gitsina, mu ntoki, mu kanwa cyangwa mu kabuno. Utu dusebe dushobora 
    kwikiza ariko ntibe ivuye mu mubiri. Nyuma y’igihe umuntu atangira kokera, 
    kubabara umutwe, kubabara anyara, kuryaryatwa mu kirenge, kubabara 
    ingingo, n’ibindi. Iyo itavuwe neza itera umutima, kugagara ibice by’umubiri, 
    no guta ubwenge.

    Uretse izi ndwara, tuzi ko mu mibonano mpuzabitsina na SIDA yanduriramo ku 

    kigereranyo cyo hejuru. Uko byagenda kose, ubusambanyi bwaba bukozwe ku 
    ngufu cyangwa ku bushake bushobora gutera kwandura izi ndwara z’ibikatu 
    twavuze. Niba dushaka kugira ubuzima bwiza, tugomba kugendera kure 
    imyifatire idushora mu ngeso mbi z’ubusambanyi.

    Kumenya izina ry’indwara rero si byo by’ingenzi, ik’ingenzi ni ukumenya 

    ibimenyetso byerekana indwara no kwihutira kwivuza. Kutivuza neza kandi 
    hakiri kare izo ndwara bigira ingaruka nyinshi kandi mbi zirimo ubugumba 
    kuko zonona kandi zikaziba imiyoborantanga y’umugabo cyangwa umugore 
    bityo intanga zikaba zabura aho zinyura, gukuramo inda kenshi, kubyara abana 
    banduye izo ndwara, gutwitira inyuma y’umura, gukubita igihwereye, gupfa 
    amaso ku bana bavukanye izo ndwara igihe batavujwe hakiri kare, kanseri 
    y’inkondo y’umura, gucika igitsina, urupfu mu gihe utivuje neza. Izo ndwara 
    kandi zitera umwiryane n’ubukene bukabije mu rugo.

    Niba uburyo bwo kwandura izo ndwara na Sida ari bumwe n’uburyo bwo 

    kuzirinda ni bumwe. Nta bundi rero dukomere ku mugenzo mbonera w’ubusugi, 

    ubumanzi.

     Bifatiye kuri: MINISANTE: Indwara z’ibyorezo ,2015

     3.3.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     Soma umwandiko “Twite ku buzima”, ushakemo amagambo udasobanukiwe  
    hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashije 
    inkoranyamagambo.
     Koresha amagambo akurikira mu nteruro wihimbiye:
     a) Amayasha 
    b) Imiyoborantanga 
    c) Ubusugi 
    d) Kwirinda 

    d) Imyanya ndangagitsina.

     UMWITOZO
     3.3.2. Gusoma no Kumva umwandiko 
    IGIKORWA

     Ongera usome umwandiko “Twite ku buzima”, hanyuma usubize ibibazo 
    bikurikira.

     1. Indwara z’ibikatu zavuzwe mu mwandiko ni izihe?
     2.      Indwara twabonye mu mwandiko zihuriye kuki?
     3. Umuntu ufite ubuzima buzira umuze ashobora gukorera igihugu 
    ke? Sobanura.
     4. Ese kumenya amazina y’indwara ni byo by’ingenzi? Sobanura.
     5. Ni izihe ngaruka umuntu ahura na zo iyo yishoye mu busambanyi 
    akandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina?
     6.   Ni ubuhe buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu myanya 

    ndangagitsina bwavuzwe mu mwandiko

     3.3.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
     IGIKORWA

     Ongera usome umwandiko “Twite ku buzima”, hanyuma usubize ibibazo 
    bikurikira.

     1. Uyu mwandiko ugusigiye iki?
     2. Ni izihe ngingo z’ingenzi zigaragara muri uyu mwandiko? 
    3. Huza umwandiko “Twite ku buzima” n’ubuzima busanzwe.
     4. Ni iyihe nama wagira abantu batinya kwivuza indwara zandurira 

    mu mibonano mpuzabitsina?

     III.4. Inzira z’itondagura nshinga
     3.4.1.  Indango,  ijyana n’irebero
     IGIKORWA
     Soma interuro zikurikira witegereza imiterere y’inshinga zitsindagiye 
    hanyuma ukore ubushakashatsi utahure inshoza y’itondaguranshinga,  
    indango, ijyana n’irebero by’inshinga.

     
    a) Kanyana 
    yakomeje kurererwa kwa nyirasenge.
     b) Kanyana ntiyabwirizwaga kwiyitaho.
     c) Rubyiruko, mwirinde gukora imibonano mpuzabitsina. 

    Mutegereze kugeza igihe muzashingira ingo zanyu.

     Inshoza y’itondanguranshinga
     Itondaguranshinga ni imihindagurikire y’inshinga mu buryo n’ibihe byayo muri 
    ngenga zose. Inshinga itondaguye ni igaragaza ukora igikorwa, igihe agikorera 
    n’uburyo agikora. Muri rusange itondaguranshinga ni ukuntu inshinga ihindura 

    intego (uturemajambo) yihwanya n’indango, ijyana, irebero n’uburyo.

     1. Indango z’inshinga
     Indango ni ubwumvane buba hagati ya nyakuvuga na nyakubwirwa ku buryo 
    nyakuvuga aba yemeza cyangwa ahakana ingingo ikubiye mu muzi w’inshinga. 

    Bityo rero habaho indango yemeza n’indango ihakana.

    a) Indango yemeza
     Ingero:
    – Imitezi, mburugu n’uburagaza ni indwara zandurira mu myanya 

    ndagagitsina
    – Kanyana aragenda.
    – Teta ashuka kanyana.

     
    b) Indango ihakana

     Ingero:

    – Kanyana na muneza ntibakomeje kuganira
    – Kayitesi ati: “Sinshobora gukora imibonano mpuzabitsina imburagihe”. 
    Ntimuzashukwe n’ababashora mu ngeso mbi.

    – Amubaza impamvu atishimye

     2. Ijyana  
    Ijyana ni ukuntu inshinga itondaguye ikenera icyuzuzo cyangwa se inshinga 
    ntikenere icyuzuzo kugira ngo insobanuro yayo yuzure. Habaho amoko abiri 

    y’ijyana ari yo: Ijyana nyacyuzuzo n’ijyana ndekacyuzuzo.

     a) Ijyana nyacyuzuzo
     Ingero:

    – Kanyana yagiye ku ishuri
    – Atetse inyama.                                                  

    – Abana barya imineke.   

    b) Ijyana ndekacyuzuzo

     Ingero:

    – Kanyana na Muneza basezeranyeho.
    – Arasuzuzugura.                                                    

    – Aba banyeshuri bariyubaha.

     3. Irebero
     Irebero ni ukuntu inshinga itondaguye mu buryo ubu n’ubu cyangwa mu gihe iki 
    n’iki yumvisha ko igikorwa cyarangiye cyangwa kitararangira. Mu Kinyarwanda 
    habaho amoko menshi y’irebero, muri yo twavuga irebero nkomeza n’irebero 

    nshize.

    a) Irebero nkomeza
     Irebero nkomeza rigaragaza ibitararangira mu gihe mvugiro. Rirangwa 

    n’imisozo -a, -aga, -ye.

     Ingero:
     Abanyeshuri basoma ibitabo.
     basoma: ba-Ø-som-a, nta tegeko
     Wasomaga ibitabo; 
    wasomaga: u-a-som-aga, u→w/-J

     Uriya mugore ureba ahetse umwana; ahetse: a-Ø-hek-ye, k+y→ts

     b) Irebero nshize
     Irebero nshize rivuga ibyarangiye gukorwa cyangwa ibiri kuba mu gihe 

    cy’imvugiro. Iri rebero rirangwa cyanecyane n’umusozo -ye.

     Ingero:
     Mu gitondo natemye ibiti; natemye: n-a-tem-ye, nta tegeko.
     Mu mwaka ushize abanyeshuri baratsinze; baratsinze: ba-a-ra-tsind

    ye,a→Ø/-J, d+y→z

     IMYITOZO
     1. Hindura indango y’inshinga.
     a) Nimwandike mutihuta
     b) Umwana wararutse wamushukisha uduhendabana twonyine.
     2. Tanga interuro irimo inshinga itondaguye:
     a) Ijyana ndekacyuzuzo
     b) Ijyana nyacyuzuzo
     c) Irebero nshize

     d) Irebero nkomeza

    3.4.2. Uburyo bw’inshinga
     IGIKORWA

     Soma interuro zikurikira witegereza imiterere y’inshinga zitsindagiye 
    hanyuma ukore ubushakashatsi utahure uburyo  butandukanye  inshinga  
    itondagurwamo. 

    a) Kanyana  yakomeje kurererwa kwa nyirasenge.
    b) Kanyana ntiyabwirizwaga kwiyitaho.
    c) Umwana urya neza akabaho neza azana ibimenyetso 
    by’ubwangavu cyangwa by’ubugimbi hakiri kare.
    d) Kanyana na Muneza basezeranyeho.
     
    Inshoza y’uburyo  bw’inshinga
     Uburyo ni ukuntu inshinga iba imeze. Uburyo ni ukuntu kandi inshinga igaragaza 
    mu ntego yayo imiterere y’ubwumvane iri hagati y’uvuga n’ubwirwa kimwe 
    n’uko uvuga yitwara mu magambo ye.  Uburyo bw’inshinga ni ubu bukurikira: 
    ikirango, imbundo, integeko, inyugo, ikigombero, inyifurizo, inziganyo  n’ 

    insano.

     1. Ikirango
     Ikirango ni uburyo budashidikanya, buvuga igikorwa (cyangwa imimerere) 
    k’ihame, kemeza cyangwa gihakana. Indango yemeza y’ikirango nta 
    karemajambo kayiranga. Indango ihakana irangwa na nti- na si- . Imisozo 

    y’ikirango ni –a, -aga naye.

     Ingero : 
    – Turiga isomo ry’ubuzima bw’imyororokere.
    Ntidutema ibiti bikiri bito.     
    – Ejo nasomaga inkuru isekeje. 
    Sinkora ibyo bambujije.   

    – Kanyana yagiye i Kigali gusura mubyara we Kayitesi.     

    2. Integeko
     Integeko ni uburyo bw’inshinga butanga itegeko. Mu buryo butanga itegeko 
    rero habamo integeko ubwayo hakaba n’intarengwa.

    Integeko
    : iboneka muri ngenga ya kabiri y’ubumwe ikarangwa n’uko nta 

    ndanganshinga iba igaragaza.

    Iyo nta mpagike (inyibutsacyuzuzo) irimo, integeko igira umusozo –a.

     Ingero:
    - Vuga inshamake y’inkuru wasomye 
    - Andika inkuru ndende ku nsanganyamatsiko wihitiyemo. 

    Iyo harimo impagike integeko igira umusozo –e 

    Ingero:
    - Bivuge neza uko byagenze.
     - Mwandikire ibaruwa.

    Intarengwa:
    ni integeko ihakana ivuga ibibujijwe. Iboneka muri ngenga ya 
    kabiri y’ubumwe n’iy’ubwinshi. Irangwa n’akaremajambo k’impakanyi –i- 
    kaboneka imbere y’umuzi utangiwe n’ingombajwi n’impakanyi -i-ku- iboneka 

    imbere y’umuzi utangiwe n’inyajwi. Umusozo w’intarengwa uhora ari –a.

     Ingero:
     Wivuga inkuru utahagazeho.  u-i-Ø-vug-a, 
    Mwishuka abangavu ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere.   mu-i
    Ø-beshy-a   u→w/-J) 
    Wikwandika nabi ibyo wasabwe. u-i-ku- Ø-andik-a, 
    Mwikwambuka ngo muge mu Mujyi wa Kigali: mu-i-ku- Ø-amb-uk-a  

    u→w/-J). 

    3. Inyungo
     Uburyo bw’inyungo ni ubuvuga igikorwa gikurika ikindi gikorwa. Mu 
    ndango yemeza nta karemajambo kihariye kaburanga, ariko mu ndango 
    ihakana burangwa n’akaremajambo –ta-. Mu ndango zombi kandi hashobora 

    gukoreshwamo imisozo –a, -aga, -ye.

     Ingero:
     - Amusanga mu nzira ahagaze.

     - Yagiye atamuhaye ibyo guteka.

     4. Imbundo
     Imbundo ni uburyo bw’inshinga bukoresha indanganteko imwe ikunze kwitwa 
    iy’izina ryo mu nteko ya 15 (-ku-) ikagira n’umusozo -a. Uburyo bw’imbundo 
    buvuga igikorwa cyangwa imimerere hatagaragazwa uwo bivugwaho. Ubu 
    buryo buboneka mu ndango yemeza n’ihakana bushobora no kuboneka mu 

    nzagihe.

    Ingero: kuvuga: ku- Ø-vug-a kutavuga: ku-ta- Ø-vug-a kuzavuga: ku-za-vug-a..

    5. Ikigombero
     Ikigombero ni uburyo bw’inshinga buvuga igikorwa gishingiye ku kifuzo. 

    Ikigombero kivuga igikorwa ngombwa kuko kifujwe.

     Ingero:
    - Namubwiye ngo avuge amakuru yakuye mu itorero.
    - Nagende yihane kujya ashuka abana bato.
     - Ndagira ngo utahe

    Ikigombero gitandukanye n’integeko irimo impagike kuko integeko yo nta 

    ndanganshinga iba ifite.

     Ingero:
     bivuge: Ø-Ø- bi-vug-e (integeko)

     Ubivuge: u- Ø-bi-vug-e (ikigombero)

     6.  Inziganyo
     Inziganyo ni uburyo buvuga igikorwa kibaho habaye ikindi. Ni ukuvuga 
    igikorwa cyashoboka haramutse habaye ikindi gikorwa. Inziganyo itondagurwa 
    mu ndagihe no mu nzagihe. Inziganyo irangwa n’akaremajambo –a- imbere 

    y’umuzi utangiwe n’ingombajwi na –a-ku- imbere y’umuzi utangiwe n’inyajwi.

     Ingero: 
    Mukoranye umwete mwakira vuba. mu-a-kir-a
     Mbonye ubushobozi nakwiga.   n-a-ku-ig-a     u→w/-J
     Ubonye umwanya wazadusura.  u-a-zaa-tu-sur-a u→w/-J;   t →d/-GR
     Mukurikije inama z’ababyeyi ntimwahura n’ingorane. nti-mu-a-hur-a

     Nûutaahâ ndaaza.

     7. Inyifurizo
     Inyifurizo ni uburyo buvuga icyo umuntu yiyifuriza cyangwa yifuriza undi 
    (nyakubwirwa cyangwa nyakuvugwa). 

    Hashobora kwifuzwa ibyiza cyangwa ibibi. Kwifuza ibibi ni ugutukana. 

    Inyifurizo irangwa n’uturemajambo dukurikira: 
    -ka-, -ra-ka-, -ra-, -oo-ka/-aa
    ka. Umusozo ushobora kuba  -a cyangwa -e.

    Ingero

    - ka-: kabyare: Ø- ka-byar-e, gaheke: Ø- ka-hek-e    k →g/-GR
    -
    ra-ka: muragakira: mu-ra-ka-kir-a   k →g/-GR; murakarama: mu-ra-ka-ram-a
    -ra
    -: muragwire: mu-ra-gwir-e
    -oo-ka/-aa-ka: mwokabyara mwe: mu-oo-ka-byar-a u→w/-J;

     8. Inkurikizo

     Inkurikizo ni uburyo bwumvisha igikorwa cyose gikurikira ikimaze kuvugwa.

     Ingero:
    - Umwana urya neza, akabaho neza azana ibimenyetso bw’ubwangavu 
    hakiri kare. - 
    - Arahinga, akavoma, agatashya.

     9. Insano

     Insano ari na yo nsobanuzi ni uburyo bw’inshinga burangwa no gusobanura 
    ikivugwa. Inshinga itondaguye muri ubu buryo ikurikira izina ry’ikintu 

    isobanura.

     Ingero: 
    - Umurimo dushinzwe tuwukorane umwete. 

    - Imirima bahinga ni iyabo.    

    IMYITOZO
     Ubaka interuro ukoresha  uburyo bw’inshinga  bukurikira: ikirango, 
    imbundo, inziganyo n’integeko.
     
    III.5.Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
     Ugendeye ku nshoza no ku turango tw’inkuru ndende, himba agace k’inkuru 
    ndende ku nsanganyamatsiko y’ubuzima bw’imyororokere n’ubwoko 
    bw’inkuru wihitiyemo ku buryo uzayisomera bagenzi bawe mu ruhame. Inkuru 
    yawe ntirenze impapuro makumyabiri kandi ntige no munsi y’ipapuro icumi. 
    Kubera ko uraba uhimbye agace  k’inkuru, kora ku buryo  inkuru yawe undi 
    muntu cyangwa wowe ubwawe ushobora kuyikomeza.

    Ubu nshobora:

    - Gusesengura inkuru ndende ntahura isomo n’indangagaciro zirimo, 
    uturango twayo, ubwoko bwayo, imyubakire yayo ndetse nkagaragaza 
    n’ishushanyabikorwa ryayo. 
    - Gutahura ubuzima bw’umwanditsi w’inkuru, guhina no kwandika 
    inkuru ndende. 
    - Kubarira abandi inkuru ndende nasomye. 
    Kugaragaza uburyo, indango, ijyana n’irebero by’inshinga. 

    Ubu ndangwa: 

    - No kuba nakora ubushakashatsi nkaba nafata umwanya wo gusobanurira 
    abandi ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse nkayibabwira 
    abandi.

    - Gusoma inkuru ndende nkayisesengura kandi nkabarira abandi 

    ibiyirimo. 
    Gushishikariza abandi gusoma inkuru ndende zinyuranye, kuzisesengura 

    no kuzibara. 

    III.6. Isuzuma risoza umutwe wa gatatu
     Umwandiko: Rubyiruko twirinde

     Umugabo Terimbere yabyirutse avuga ko azabyara akuzuza isi. Ugira ngo se 
    Terimbere yari muntu ki ko atagiraga n’urwara rwo kwishima! Yari umutindi 
    urya aciye inshuro, yayibura agasonza. Yabaye imbata y’akabari kuva 
    akigimbuka, ijisho rye ntiritane no kwifuza abagore n’abakobwa b’imuhana. 
    Yabyariraga abakobwa, abagore bubatse ingo, ibintu bigacika ku buryo rubanda 
    rwari rwaramugize urw’amenyo. Aho ashakiye imvugo ayigira ingiro, arabyara 
    karahava. Abana be barakura baragimbuka, bakoma inkanda ya se; ngo nta 
    nyana yima nyina akabara! Imvugo ya se ibamera ku munwa, uvutse wese 
    akaba azi ko mu mishinga ibaho uwa mbere ari ukororoka akuzuza isi.

    Umukobwa we Nagahire ariko yumvaga imvugo ya se n’abavandimwe be 

    idakwiye kuko isi dutuye itabitwemerera; amasambu yabaye ntayo, ubutaka 
    bwaragundutse; mbese muri make nta bushobozi buhagije ababyeyi bafite 
    bwo gutunga abo babyaye ku buryo buhagije. Ababyeyi be, bene nyina, basaza 
    be ndetse n’abaturanyi yahoraga iteka abashishikariza kumenya ubuzima 
    bw’imyororokere, kuringaniza urubyaro no kubyara abo bashoboye kurera 
    nyamara ugasanga aracurangira abahetsi. 
    Nagahire yari afite ubumenyi ku buzima bw’imyororokere, akamenya 
    kwitwararika. Yari yifitemo kandi impano yo gukangurira abantu b’ingeri zose 
    abana, ingimbi, abangavu, abasore n’inkumi, abagore b’amajigija, abagabo 
    b’ibikwerere, abasaza n’abakecuru, uko bagomba kwitwara ngo birinde indwara 
    zandurira mu myanya ndangagitsina nka Sida, imitezi, mburugu, uburagaza 
    n’izindi. 

    Abavandimwe ba Nagahire ntibumviraga inama ze na mba. Bavugaga ko Sida 

    ari indwara nk’izindi. Ibyo byatumye bamwe muri bo bayandura, irabakenesha, 
    irabahemuza, ibatesha agaciro, bafumbira umunaba bakiri bato. Abari basigaye 
    na bo utaretse na se Terimbere, bari ba nyakwigendera. Ntibari bakibona 
    n’imirondorondo y’ibijumba ngo babeshye mu nda. Abari baraboroje inka na 
    bo bari barazisubije kubera ko batari bafite imbaraga zo kuzahirira ubwatsi.  
    Nagahire yarebaga ibyo byose bikamushavuza. Yigaga bimugoye ariko agashyiraho 
    umwete. Yaharaniraga kunguka ubumenyi buhagije mu bijyanye n’ubuzima 
    bw’imyororokere no kuzahugura abantu benshi bashoboka haba mu gihugu ke 
    ndetse no hanze yacyo.

    Inzozi ze yarazikabije kuko bidatinze yabonye impamyabumenyi mu bijyanye 

    n’ubuzima bw’imyororokere. Nyuma y’igihe gito yatangiye kujya atanga ibiganiro 
    mu mahugurwa yo ku  byerekeye ubuzima. Ikiganiro cya mbere yagitanze mu 
    mahugurwa y’urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye. Dore ibyo yabaganirije: 
    “Tubanze twimenye, tumenye ibice bigize umubiri wacu n’imikorere yabyo, 
    uko umubiri ushobora kwivumbura mu kigero runaka umuhungu akaniga 
    ijwi, akaba yatangira kwiroteraho ari cyo kimenyetso kigaragaza ko yaterera 
    inda imburagihe, akaba yamera ubwanwa, impwempwe, inshakwaha, agasesa 
    ibishishi, n’ibindi. Imihindagurikire y’umubiri w’umukobwa na yo igaragazwa no 
    kumera amabere, kubyibuha amatako n’ikibuno, kugira ibishishi mu maso, kujya 
    mu mihango ari na cyo kimenyetso kigaragaza ko ashobora gusama igihe akoze 
    imibonano mpuzabitsina idakingiye. Mu gihe rero abakobwa n’abahungu babonye 
    ibimenyetso nk’ibi by’imihindagurikire y’ubuzima bwabo, bagomba kumenya ko 
    ari ibimenyetso by’ubukure, bakirinda ibyateza ingaruka ku buzima bwabo. Uzi 
    gutangira kuzuza inshingano z’abakuru uri umwana! Uzi guhaha, gutanga indezo ku 
    mwana wabyaye kandi nta rwara rwo kwishima wigirira? Iyo noneho wishoye mu 
    mibonano mpuzabitsina nta gakingirizo, dore ngo Sida iragukacanga. Iyi ndwara 
    ntikangwa ngo uri iki, ngo usengera aha, ngo wize ibi, ngo ukora aha; abantu 
    batitwararika ngo bamenye kwirinda, irabakukumba ikababika iyo ngiyo, igihe 
    cyagera bakazima.” 

    Mu gusoza, Nagahire yaragize ati: “Mucyo rubyiruko twirinde kwiyandarika 

    turangwe no kwifata.  Kurya utw’ubusa, kwifuza ibyo tudafitiye ubushobozi, 
    kurarikira iby’abandi tukonona imibiri yacu tubizinukwe. Bana b’i Rwanda 
    twitegure kuba inkumburwa n’inyamibwa, tugendere ku ndangagaciro z’umuco 

    nyarwanda. 

    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
     1. Abana be barakura baragimbuka, bakoma inkanda ya se. Sobanura 
    ugendeye ku bivugwa mu mwandiko? 
    2. Rondora indwara zivugwa mu mwandiko zandurira mu mibonano 
    mpuzabitsina idakingiye. 
    3. Ni iki kigaragaza ko abavandimwe ba Nagahire batigeze bakurikiza inama 
    yabagiraga?
    4. Garagaza ibimenyetso biranga ubwangavu n’ubugimbi. 
    5. Ni iyihe nsanganyamatsiko yavuzweho muri iyi nkuru?
    6. Vuga ingingo z’ingenzi ziboneka muri uyu mwandiko. 
    7. Uretse kwandurira mu mibonano mpuzabitsinda ni hehe handi uzi indwara 

    ya Sida ishobora kwandurira?

     II. Ibibazo by’inyunguramagambo
     1. Sobanura amagambo cyangwa itsinda ry’amagambo akurikira ukurIkije uko 
    yakoreshejwe mu mwandiko: 
    a) Bakoma inkanda
    b) Gucurangira abahetsi
    c) Imirondorondo y’ibijumba
    d) Koroza.
     
    2. Koresha  amagambo  akurikira mu  nteruro yumvikanisha  inyito afite mu 

    mwandiko:  
    a) Kugimbuka
    b) Imbata
    c) Guca inshuro
    d) Kugunduka 
    e) Gukukumba

    3. Simbuza ijambo cyangwa itsinda ry’amagambo atsindagiye yakoreshejwe 

    mu mwandiko impuzanyito zayo.
     a) Abantu bapfuye bafumbiye umunaba bishwe na Sida ni benshi.
     b) Uzi kurera umwana nta rwara rwo kwishima wigirira?
     c) Kamana ntakibona umusaruro uhagije kubera ko ubutaka bwe 

    bwagundutse.

     2. Sobanura mu magambo make inkuru ndende icyo ari cyo. 
    3. Rondora ibiranga inkuru ndende.
     4. Ni irihe tandukaniro riri hagati y’inkuru ngufi n’inkuru ndende?
     
    IV. Ibibizo by’ikibonezamvugo
     1. Uburyo bushidikanya bugizwe n’iki? Burondore ugenda unatanga 
    urugero mu nteruro iboneye.
     2. Kora interuro ebyiri ziboneye, imwe ifite inshinga iri mu ijyana 
    nyacyuzuzo irebero nkomeza, indi ifite ijyana ndekacyuzuzo irebero nshize.
    UNIT 2: UMUCO NYARWANDA UMUTWE 4: KUBAKA UMUCO W’AMAHORO