• Imyandiko y’inyongera

    Imivugo
    1. Amahoro i Rwanda

    Dukunde amahoro

    Turwanye urwango

    Amahoro aganze

    Iwacu i Rwanda.

    Kugira urukundo

    Ntitukabyange

    Amahoro aganze

    Mu rwa Gasabo.

    Bana mwese

    Mukunde u Rwanda

    Amahoro aganze

    Iwacu i Rwanda.

    2. Bwiza wacu

    Bwiza wacu

    Umukobwa ukwiye

    Ufasha ababyeyi.

    Uturimo twose.

    Afata utweyo

    Ubwo agakubura

    Utwanda twose

    Akanaga hirya.

    Amesa utwenda

    Tugacya rwose

    Bwiza wacu

    Icyatwa iwacu.

    3. Tumurerere mu muryango

    Umwana Nkuranga

    Yataye ishuri

    Kubera ababyeyi

    Rurema yatwaye.

    Nta myambaro atunga

    Yambara injamba

    Iyo imvura iguye

    Imunyagira yose.

    Umuvumvu Nkoronko

    Yaramubonye

    Arimo arya imvuzo

    Amutwara iwe bwangu.

    Amutekera injanga

    Amukiza amavunja

    Amwambika neza

    Nkuranga aratuza.

    Aba mu muryango

    Amasomo aratsinda.

    4. Ukuri kurakiza

    Nikuzwe w’i Mpanda

    Yatumwe umujyojyo

    Ageze kuri Pfunda

    Amafaranga yajyanye

    Ayigurira imigati.

    Nikuzwe arataha

    Asanga umusaza

    Se yicaye hanze

    Yogosha ubwanwa

    Amubwiza ukuri kose.

    Sinaguze umujyojyo

    Niguriye imigati

    None rero mubyeyi

    Ngusanze ntakamba

    Ngo uce inkoni izamba.

    Se amureba mu maso

    Avugana urukundo.

    Ati : ‘‘Mwana wange

    Ukuri ntikwica

    Dore icara utuze.’’

    5. Gwaneza arakeye

    Gwaneza arakeye

    Yatojwe kugenda

    Asa neza mu bandi.

    Umubyeyi umubyara

    Yamutoje gukaraba

    Imbyiro zigahunga.

    Gwaneza arakeye

    Asokoza buri munsi

    Ntatunga ubujwiri.

    Ishyaka rimuranga

    Asukura aho arara

    Icyumba ke kikera

    Ni byinshi adutoza

    Iyo turi ku ishuri

    Twese turamushima.

    6. Dore ikoranabuhanga!

    Ikoranabuhanga

    Ni rudasumbwa

    Rikundwa na bose

    Rikamenywa na benshi.

    Tereviziyo yange

    Injyana hose

    Imbwira byinshi

    By’iwacu i Rwanda.

    Inyereka Nyungwe

    Nkabona Gishwati

    N’ibiti byiza

    Bivura indwara.

    Iyo nshaka

    Amafoto meza

    Mfata terefone

    Ngafotora abantu

    Ngafotora ibintu.

    Iyo nkoresha interineti

    Nge menya byinshi.

    Menya abakinnyi beza

    B’ibihugu byose.

    7. Dutembere u Rwanda

    Nitwa Ntaganzwa

    Ntuye i Matyazo

    Nasuye ibyiza

    Bitatse uru Rwanda.

    Nasuye Nyungwe

    Mbona inyoni nyinshi

    Zirimo inkware

    Mbona ibiti byiza

    By’amahwa menshi.

    Nageze mu Birunga

    Mbona inyamaswa

    Ingagi zikunzwe

    Zirya inswa cyane.

    Nasuye Burera

    Nsura Ruhondo

    Nambutswa neza

    Rugenintwari

    Angeza i Burera.

    Namanutse imusozi

    Nzamuka iyindi

    Mba nguye hasi

    Umubiri urapyoka

    Nsoza urugendo.

    Namenye u Rwanda

    Rutatswe imisozi

    Rurimo amashyamba

    Ibiyaga n’ibirunga.

    8. Madwedwe

    Umwana Madwedwe

    Yabyirutse mureba

    Adakunda ibirayi

    Bivanzemo imbwija.

    Ntiyaryaga utujanga

    Ngo dukanuye amaso

    Ntiyakundaga inshyushyu

    Agahorera amazi

    Ayasomeza ibijumba.

    Bidatinze ararwara

    Inda yose irabyimba

    Amatama aratumba

    Imisatsi iba injwiri.

    Nyina aravugishwa

    Ngo arwaye igifwana

    Igisyo kiramujyanye.

    Mukuru we w’intyoza

    Abasaba kumuvuza

    Ngo barebe icyo arwaye.

    Basanze Madwedwe

    Azonzwe na bwaki

    Bamuhata ibirayi

    Bivanzemo imbwija

    Bivanzemo injanga

    Ngo atazicwa na bwaki.

    Madwedwe arariye

    Aba abonye indyo nyayo

    Madwedwe aratoshye

    Aba umwana ushamaje

    Unakeye mu bandi.

                                            Indirimbo

    1. Umwanda wose urica

    Umwanda wose urica, bana mubimenye.

    Urwaza abantu benshi, namwe muwirinde.

    Muzage mukunda, gukaraba neza.

    Muzamere rero, nk’abana barezwe.

    Mbyutsa mu gitondo, nkarabe umubiri.

    Nsobanura byose, nge nirinda umwanda.

    Untoze n’uburyo bwo gukora isuku`

    Ibyo mbujijwe byose mbigendere kure.

    Tubwire abana bose uko twirinda umwanda.

    Turwanye ubugwari tunagira ishyaka.

    Tuzage dukunda, gukaraba neza.

    Tuzamere rero nk’abana barezwe.


    2. Akanyamanza

    Mbe kanyamanza keza

    Ko mbona wishimye

    Ni iki cyabiguteye

    Ngo natwe tugufashe?

    Erega ni ko mpora

    Mwa banyeshuri mwe

    Iyo mbona mukina

    Numva nabakinamo!

    Uge uza twikinire

    Ntabwo tujunjama

    Wenda wazatwigisha

    Kuguruka nka we. 

    Umutwe wa munani:Ubuzima