• UNIT 5: KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJE

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -Gusesengura umwandiko ku bihumanya ikirere agaragaza ingingo 
    z’ingenzi ziwukubiyemo.
    -Guhanga umwandiko ku nsanganyamatsiko yahawe. 

    -Kwandika interuro agaragaza ubutinde n’amasaku. 

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
     Ku bwawe urumva hakorwa iki ngo ikirere kidahumana?  Garagaza 
    uruhare rwa muntu mu kubungabunga ibidukikije n’uburyo buboneye 

    bwo kurinda ikirere.

    V.1. Umwandiko: Ikirere n’imihindagurikire y’ibihe

     Ibidukikije bikubiyemo ibice bibiri, birimo ibidukikije kamere umuntu 

    atagizemo uruhare

     nk’imisozi, inyoni, ibirunga, ibiyaga karemano, inzuzi karemano n’ibindi.Hari 
    kandi n’ibiva ku bikorwa bya muntu, birimo, urusobe rw’ibinyabuzima ndetse 
    n’ibikorwa by’ubukungu n’imibereho y’abantu, ibirebana n’umuco, ubwiza 
    ndetse n’ubumenyi bishobora kugira ingaruka ziziguye cyangwa zitaziguye, 
    ku majyambere y’ahantu, ku binyabuzima no ku bikorwa by’umuntu. Mu 
    bibangamira ibidukikije twavuga nk’ibyangiza ikirere bigatera imihindagurikire 
    y’ibihe. Nubwo inganda zikenewe kugira ngo habeho iterambere ariko ibyotsi 
    biva mu nganda bicucumuka bijya mu kirere bikacyangiza. Biriya byotsi 
    byose bibi biva mu nganda ni byo byangiza igice k’ikirere kigabanya ubukare 
    bw’imirasire y’izuba itugeraho ku isi hakaba imihindagurikire y’ibihe ishobora 
    kuba intandaro y’amapfa. Ibyotsi bihumanya ikirere ntibiva mu nganda gusa. 
    Nta wakwirengagiza ko ibinyabiziga, ubwato n’indege bikoresha amavuta, 

    risansi na mazutu bisohora ibyotsi bihumanya ikirere. 

    NI ngombwa kugabanya imodoka zicucumura ibyotsi byangiza ikirere no 
    gukoresha mu nganda ikoranabuhanga rikuraho ikoreshwa ry’inkwi cyangwa 
    ibikomoka kuri peterori, ahubwo bagashishikarira gahunda zibungabunga 
    ibidukikije. Gutema amashyamba na byo biri mu bigira uruhare runini 
    mu kwangiza ibidukikije. Ibyotsi byanduye biva mu nyanja biyungururwa 
    n’amashyamba ntibishobore gukomeza ngo byangize ikirere. Iyo nta 
    mashyamba ahari birakomeza bikajya kwangiza ikirere ku buryo na byo bigira 
    uruhare runini mu mihindagurikire y’igihe. Abashakashatsi bagiye bashaka 
    uburyo bayobya imiyaga imwe n’imwe ikomoka mu nyanja maze ugasanga na 
    bo bateje imihindagurikire y’ibihe. Ubusanzwe iyo miyaga igira gahunda yayo 

    itera imvura kugwa ku mugabane uyu n’igihe iki n’iki. 

    Ubwo bushakashatsi rero buvanze n’ibyuka binyuranye byoherezwa mu 
    kirere bitera ibihe guhindagurika mu buryo budasobanutse igihe abantu bari 
    biteze imvura bakayibura, yanagwa ikaza itunguranye. Ibyo byose bidindiza 
    iterambere kubera ko bikurura amapfa inzara igasizora. Umuntu mu bikorwa 
    bye yakagombye kumenya ko kwibasira amashyamba n’ibimera ari uguta 
    abatuye isi mu kangaratete. Amashyamba afite akamaro kanini mu buzima 
    bw’abantu. Ayungurura umwuka duhumeka kandi akanabika urundi rusobe 
    rw’ibinyabuzima nk’inyamaswa, inyoni n’ibindi. Ibihugu byinshi birwana 
    urugamba rukomeye rwo kugaragaza ubuhangange, bigacura ibisasu bya 
    kirimbuzi byoreka imbaga bikarimbura amazu n’imisozi. Ibi bisasu biri mu bya 
    mbere byangiza ikirere, aho byasibaniye ubuzima bukaba ingume. Abahanga 
    bemeza ko ahantu habaye isibaniro ry’ibitwaro bya kirimbuzi, abagore baho 
    baba bashobora kubyara abana babura ingingo zimwe na zimwe kubera ubumara 
    buba bugize ibyo bisasu buba bwarakwirakwiriye mu mwuka bahumeka.

    Kwita ku bidukikije byaba karemano cyangwa ibyakozwe n’abantu ni inyungu ya 

    buri wese kuko iyo utabyitayeho byo biraguhana kuko uko byamera kose bizana 
    ingaruka za vuba cyangwa zitinze, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye. 
    Ni ahacu kwita no ku guharanira kurengera ibidukikije kuko kubyitaho ari 
    uguharanira iterambere rirambye rizira ingaruka zitandukanye zatezwa no 

    kubyangiza.

     V. 1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     Soma umwandiko “Ikirere n’imihindagurikire y’ibihe”, ushakemo amagambo 
    udasobanukiwe hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko 

    wifashije inkoranyamagambo.

    IMYITOZO
     1. Uzuza izi nteruro ukoresheje amagambo yakoreshejwe mu 
    mwandiko:
     a) Iyo ibidukikije byibasiwe, abantu basigara mu………………………… 
    bakicwa n’inzara.
     b)  Ibihumanya ikirere bitera amapfa kubera ko habaho………… 
    imvura ikaba yabura.
     c)……………………afite akamaro ku kuyungurura umwuka duhumeka 
    no kubika urusobe rw’ibinyabuzima.
     d)Ibihugu byateye imbere bicura ibitwaro bya kirimbuzi kubera 
    kurwanira………………….
     2. Koresha aya magambo mu nteruro wihimbiye.
     a) Ubumara     
    b) Amapfa     
    c) Ibidukikije       

    d) Ikirere

     5.1.2. Gusoma no  kumva umwandiko
     Ongera usome umwandiko “Ikirere n’imihindagurikire y’ibihe”maze usubize 
    ibibazo bikurikira:

     1. Mu mwandiko batubwira ko ibidukikije birimo ibice bingahe?
     2. Ni ibiki bibangamira ibidukikije kivugwa mu mwandiko?
     3. Sobanura uburyo inganda zishobora gutera imihindagurikire y’ibihe.
     4. Ni izihe ngamba zafatwa kugira ngo ibinyabiziga bitangiza ikirere?
     5. Sobanura uburyo gutema amashyamba bitera imihindagurikire y’ibihe.
     6. Ni gute ubushakashatsi na bwo bushobora kugira uruhare mu 

    mihindagurikire y’ibihe?

     5.1.3. Gusoma  no gusesengura umwandiko
     Ongera usome umwandiko “Ikirere n’imihindagurika ry’ibihe” maze usubize 

    ibibazo bikurikira:

     1. Garagaza ibindi bintu bitavuzwe mu mwandiko ubona byahumanya 
    ikirere
    2. Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa mu mwandiko.
     3. Huza ibivugwa mu mwandiko “Ikirere n’imihindagurika ry’ibihe” 
    n’ubuzima busanzwe ubamo.

     4. Ni ubuhe buryo bwiza bwo kubungabunga ibidukikije?

     UMWITOZO
     Ushingiye ku mabwiriza y’ihinamwandiko, hina umwandiko “Ikirere 

    n’imihindagurikire y’ibihe” mu mirongo icumi.

     V. 2. Amasaku mbonezanteruro
     IGIKORWA

     Soma interuro zikurikira wubahiriza ubutinde n’amasaku, hanyuma 
    usubize   ibibazo  byazibajijweho.

     a)Ikirêerê n’ûmwuûka duhuumêeka byaangiizwa n’îibyôotsi.
     b)Umugorê n’ûmugabo barafâtanya mu kurêengera ibidûkikije.
     c)Karaangwâ yahûguuye abatûuranyi bê kuu ngârukâ z’aâko kaânya 
    cyâangwâ  zizigûye zikomôoka ku kwâangiiza amashyaamba.
     d)Muu nzêego z’ûbuyobozi biitoondera  ibyaâkwaanduza umwuûka 
    mwiizâ

     Ibibazo

     1. Mukurikije imivugirwe y’izo nteruro murumva ari ayahe masaku yaje 
    mu myanya atari  asanzwemo? Kubera iki? 
    2. Mukore  ubushakashatsi mutahure  inshoza y’amasaku mbonezanteruro, 
    mugaragaze impamvu amagambo agenda ahindura amasaku kamere iyo  
    ari mu  nteruro.
     3. Mushake andi masaku mbonezanteruro atagaragajwe muri  izo nteruro.
     
    Inshoza y’amasaku mbonezanteruro

    Amasaku mbonezanteruro ni amasaku avuka iyo ijambo rihinduye isaku kamere  
    ryari rifite bitewe n’ubwoko bw’ijambo biri  kumwe mu nteruro. Mu nteruro 
    amagambo agenda ahindura amasaku kamere bitewe n’uko yakoreshejwe. 

    Hari amoko y’amagambo atuma habaho imihindagurikire y’amasaku. Ayo ni 
    nk’ibyungo na na nka, ndetse n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi –a. 

    1. Amasaku mbonezanteko ashingiye ku byungo cyangwa ku 

    binyazina ngenera.

     a) Iyo ijambo rikurikira icyungo cyangwa ikinyazina ngenera  ridafite isaku 
    nyejuru muri kamere yaryo, amasaku yaryo ntahinduka. Ibyo ariko 

    bishoboka iyo iryo jambo ridatangiwe n’inyajwi.

     Ingero:
    Ishyaamba ryiitaabwahô  na Mugisha.
     Kanyâna na Kagabo bafatanya kuriinda ibihûmaanya ikirêerê.
     Umukôro wa Mugabo.

    b) Ikinyazina ngenera gikurikiwe n’ijambo ridatangiwe n’inyajwi, gihita 

    kigira ubutinde, kereka iyo ijambo gisobanura riri mu nteko 1, 3, 4, 6, 9.

     Ingero:  
    -Abâana baa Nkûbito biîtabiiriye umugaanda wô gutêera ibitî
    -Ageendana na Cyûuma.
    -Mukuungwâ na Ntâruka bireegeranye.

    c) Iyo icyungo cyangwa ikinyazina ngenera gikurikiwe n’ijambo rifite isaku 

    nyejuru ku mugemo wa kabiri, iryo saku nyejuru riri kuri wa mugemo wa 

    kabiri ryimukira ku mugemo wa mbere w’iryo jambo.

     Ingero: 
     - Saavê ituuwe nka Kîbuungo.
     - Umukôro wa Mûtesi
     d) Iyo ibyungo  “na” na “nka” n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi -a, 
    bikurikiwe n’izina ridafite indomo, ariko rifite isaku nyejuru ku mugemo 

    wa gatatu, iryo zina rifata isaku nyejuru ku mugemo waryo wa mbere. 

    Ingero:
     Kiizâ na Mûgorê baravûukana.  

    Umujyî wa Kîgalî urasukuuye.

    e) Iyo ibyungo “na” na “nka” n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi -a 
    bikurikiwe n’izina ridafite indomo, ku mugemo wa kabiri rifite isaku nyesi 
    nyejuru, iryo saku rirahaguma, umugemo wa mbere na wo ugafata isaku 

    nyejuru.

     Ingero:
     Inzu ya Kâriîsa sî iy’îbyaâtsi.

     Kamaâri yiigiisha nka Mûhiîre kubûungabuunga ibidûkiikije.

    f) Buri gihe iyo ibyungo “na” na “nka”n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi - a 
    bikaswe bikurikiwe n’izina ritangiwe n’indomo, iyo ndomo itangira iryo 

    zina ihita ifata isaku nyejuru.

     Ingero: 
     Umugorê n’ûmugabo
     Abâana b’âbakoôbwa
     g) Buri gihe iyo ibyungo “na” na “nka” n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi 
    –a bikaswe bikurikiwe n’izina rifite isaku nyejuru cyangwa nyejuru nyesi 

    ku mugemo wa kabiri, bituma indomo y’iryo zina igira isaku nyejuru nyesi.

     Ingero:
     - Afatwa nk’îintwâari.
     - Miniisîtiri w’îintêbe yasuuye/yasûuye Icyaânya cy’Âkagêra
     h) Iyo ibyungo “na” na “nka” n’ibinyazina ngenera bifite igicumbi –a bikaswe 
    bikurikiwe n’ikinyazina nyereka, icyo kinyazina nyereka gifata isaku nyesi 

    nyejuru ku nyajwi ibanza.

     Ingero:
    Abatô bageendana n’iîki gihe.
    Yiitwaara nk’aâba babyêeyi bê.

    Guhumaanya ikirêerê biteeza ingârukâ z’aâko kaânya.

     2. Amasaku mbonezanteruro adashingiye ku byungo cyangwa ku 
    binyazina ngenera.

     a)  Ikinyazina mbanziriza gihorana isaku nyejuru ku gicumbi cyacyo.
     Ingero:
    -
    Uwô mvugâ yaaje.
    -
    Ibyô akorâ birakwîiye.
     b) Indangahantu ho, yo, mo/mwo bifatana n’inshinga n’akajambo ko bifata 

    buri gihe isaku nyejuru.

     Ingero:
    - Si bavuzê.
    - yagiiyeyô.
    - Namuboonyemô/ Namûboonyemô.
     c) Inshinga mburabuzi “ni /si” ikoreshejwe mu nteruro buri gihe ifata isaku 

    nyejuru. Nyamara iyo itangiye interuro iryo saku riratakara.

    Ingero:
     - Amasuunzu amasakâ.
     - Uwô nshâakâ uwo.
     - Ni umwâana nk’âbaândi.
     - Si nge ujyayô.

     d) Indangahantu “i ”  na yo ishobora guhindura amasaku kamere y’amagambo.

    Ingero:
    - Saavê
    - Avuuka i Sâavê. 
    e) Iyo mu nteruro hakoreshejwe ibyungo “no” na “nko” n’ibinyazina ngenera 

    bifite igicumb–o, bifata isaku nyejuru.

    Ingero:
    Kunywâ kuryâ birajyaana.
    Umurimâ guhîinga nî uwo.
    yo nyâna gukwâ nî iyi.
    f) Impakanyi (ta) igira isaku nyejuru kandi ntigira integuza kandi ntiba 

    n’integuza.

     Ingero:  
     Kukorâ biravûna.

     Kuzâajya bizaatubabaza.

    UMWITOZO
    Soma neza kandi wandike izi nteruro zikurikira mu nyandiko ya 
    gihanga.

    a) Gutera ibiti biranga umuturage w’ibikorwa by’impuhwe n’ineza.
    b) Iterambere rirambye turigezwaho no kurinda ikirere ibigihumanya.
    c) Ni ngombwa kugabanya ibyotsibiva mu modoka n’ikoreshwa ry’inkwi.
    d) Kagabo na Mutoni bahawe igihembo kuko bafashe neza ibidukikije.

    e)Nyiri amahirwe amenya iby’imihindagurikire y’ibihe.

    V.3. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
     Ugendeye ku mabbwiriza y’ihangamwandiko, hanga umwandiko ufite uburebure 
    buri hagati y’imirongo mirongo itatu na mirongo ine ku nsanganyamatsiko 

    ivuga  ku bihumanya  ikirere

     Ubu nshobora:
    -Gusesengura umwandiko ku nsanganyamatsiko zivuga ku bihumanya 
    ikirere.
    - Guhanga umwandiko ku nsanganyamatsiko zivuga ku bihumanya ikirere.

     Kwandika interuro ngaragaza ubutinde n’amasaku

     Ubu ndangwa:
    -No gushishikariza abandi kubungabunga ibidukikije birinde kwangiza 
    ikirere.
    -No gushishikarira gusoma no kwandika interuro n’izindi nyandiko 

    nubahiriza ubutinde n’amasaku.

     V.4. Isuzuma risoza umutwe wa gatanu
     
    Umwandiko: Ibidukikije, inkingi y’ubuzima
     Kuva kera na kare, umuntu azi ko yarazwe kuba umutware w’isi. Yahawe ubwenge 
    bwo kuyigenga no kwifashisha ibidukikije mu mibereho ye ya buri munsi. Uko 
    amajyambere agenda yiyongera ni ko ikitwa umutungo kamere twasigiwe 
    n’abakurambere bacu ugenda ukoreshwa rimwe na rimwe neza cyangwa nabi 
    hirengagijwe abavuka uko bwije n’uko bukeye. Byumvikana bite ukuntu ba 
    rutwitsi bagambirira guhindura isi yacu ubutayu? Ba gashozantambara bahora 
    mu myiyereko yo kugerageza ibitwaro byabo bya kirimbuzi kandi bijunditse 
    ubumara, bazi ko byangiza ikirere? Abanyenganda zitandukanye bagira batya 
    bagasuka, bakajugunya imyanda ivuye mu nganda, mu nzuzi no mu biyaga 
    cyangwa, bazi ko nta cyo bitwara? Uretse n’ibyo, ibyotsi biva muri izo nganda 
    bihumanya ikirere cyacu bikatugiraho ingaruka.

    Muntu yagombye kumenya ko kwibasira ibidukikije harimo ibimera 

    n’amashyamba ari uguta abayituye atiretse mu kangaratete. Ibimera bifite 
    akamaro kanini mu buzima bw’abantu. Uko tubizi, ibimera biyungurura 
    umwuka duhumeka. Igihe isi dutuye izaba yabaye ubutayu nka Sahara, ikirere 
    cyuzuye umwuka uhumanye udashobora kuyunguruka, iherezo ry’abatuye 
    isi rizaba irihe? Abahanga mu bumenyi bw’amashyamba bemeza ko adufitiye 
    akamaro kanini kuko atuma imvura igwa, atuma duhumeka umwuka mwiza, 
    arwanya n’isuri. Kuki abantu biyibagije ya mvugo igira iti: “Nutema kimwe 
    uge utera bibiri!” Abacukura amabuye y’agaciro bakarimbura ibimera, bumva 
    bitaniye he no gutema ishami ry’igiti wicayeho?
     
    Ni ukuri gutera imbere ntawubyanze; ntiwahagarika inganda, gucukura 
    amabuye y’agaciro, gukoresha ibinyabiziga utirengagije ubwato n’indege 
    bikoresha amavuta, risansi ndetse na mazutu. Iri terambere duharanira twese 
    kugeraho rijyana n’ingaruka zitandukanye. Umwotsi wa moteri z’ibinyabiziga 
    byarondowe harimo n’ibisohorwa n’inganda bigira uruhare mu kutwangiriza 
    ikirere.

    Kwandura kw’ikirere bijyana no kwandura kw’umwuka. Kubera ko umwuka 

    ugira uruhare mu kugena ibihe by’imvura n’izuba, urumuri, ubushyuhe 
    cyangwa ubukonje bikaboneka mu rugero rushimishije nubwo hari aho 
    bikabya; umwuka wanduye, uhumanye utuma ibihe bigenda bihindagurika, 
    abahinze imyaka bakabura imvura bakarumbya, izuba rigacana imisozi ikaka, 
    ibimera n’amashyamba bikaba umuyonga, abantu, inyamaswa n’amatungo 
    bikarimbuka. Biriya byuka byose bibi ni byo byangiza igice k’ikirere kigabanya 
    ubukare bw’imirasire y’izuba itugeraho ku isi; abahanga mu bumenyi bw’isi 
    icyo gice bakita “ozone”. Kera iyo amapfa y’imvura cyangwa y’izuba yafataga 
    igihe kirekire, abantu barasuhukaga bakajya guhahira iyo byeze. Ikibazo kiriho, 
    ubu kubona aho ingaruka z’iterambere ritaragera biragoye; ikiriho ni ugufata 
    ingamba.
     
    Kubungabunga ibidukikije ni bwo buryo bwiza bwo kugira ngo bisugire. 

    Abayobozi b’Igihugu muri poritiki nziza yo kubungabunga ibidukikije, 
    hashyizweho ikigo k’Igihugu gishinzwe kubibungabunga. Mu mpande zose 
    z’Igihugu, ku bigero byose by’abantu bajijurirwa akamaro k’ibidukikije 
    hakoreshejwe abafashamyumvire, bafatanyije n’abashinzwe gufata neza 
    ubutaka, imiturire no kurengera ibidukikije. Nihadashyirwamo ingufu ngo buri 
    wese ahagurukire kubungabunga ibidukikije Imana yaduhayeho impano ngo 
    muntu abigenge, biratwereka isi igenda irushaho gusatira iherezo ry’ubuzima. 
    Abemeza ko amazi atari amazi gusa ahubwo ari n’ubuzima ntibibeshye.

     
    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
    1. Garagaza akamaro k’ibimera. 
    2. Andika ibintu byangiza ikirere.
    3. Ba rutwitsi ubavugaho iki? 
    4. Ni irihe sano rigaragara hagati yo kwandura kw’ikirere n’umwuka?
    5. Hari icyo ubutegetsi bw’Igihugu bwakoze mu rwego rwo kubungabunga 
    ibidukikije? Sobanura neza igisubizo cyawe. 
    6. Buri wese mu batuye iyi si arasabwa iki?
     7. Ni irihe somo ukuye muri uyu mwandiko? 

    II. Ibibazo by’inyunguramagambo
     1. Sobanura amagambo akurikira yakoreshejwe mu mwandiko
     a) Umutungo kamere
     b) Kujundika ubumara
     c) Imirase
     d) Gusugirae) Uruganda
     2. Huza amagambo yo mu ruhushya A n’ibisobanuro byayo biri mu 

    ruhushya B

     3. Simbuza amagambo yanditse mu mukara tsiri impuzanyito zayo ziri mu
        mwandiko.
     a) Twabonye imyambi y’izuba tumenya ko bukeye.

     b) Imyuka isohorwa n’inganda yanduza ikirere.

     III. Ikibazo ku butinde n’amasaku
     Andika neza interuro zikurikira wifashishije ubutinde n’amasaku kandi 
    ugabanye ibimenyetso
     a) Mu muco nyarwanda kirazira gukora ubushakashatsi wangiza ibidukikije.
     b) Leta y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo kubungabunga ahantu 
    nyaburanga.
     c)  Ibyotsi biva mu nganda n’imodoka bihungabanya ibinyabuzima n’umwuka 
    duhumeka.
     d) Iby’iki gihe bisaba gusigasira ubuzima bwacu.

     e)  Nyiri ibyago ni rubanda rugufi rutazi iby’umutungo kamere.

     IV.    Ihangamwandiko
     Hitamo insanganyamatsiko imwe maze uyiramburemo umwandiko w’imiringo 
    mirongo itatu (30).
     a)  Kubungabunga ibidukikije ni inkingi y’ubuzima buzira umuze.

     b)  Kurwanya ibihumanya ikirere ni inshingano ya buri wese. 

    UMUTWE 4: KUBAKA UMUCO W’AMAHOROUNIT 6: GUKUNDA IGIHUGU