• UNIT 1: UBURINGANIRE N'UBWUZUZANYE

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -Gusesengura umwandiko ku buringanire n’ubwuzuzane mu Rwanda 
    atahura ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo. 
     -Gusesengura amazina y’urusobe agaragaza ibiyaranga, ubwoko bwayo 

    n’uturemajambo twayo. 

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
     Ushingiye ku bumenyi ufite, sobanura mu magambo yawe bwite 
    uburinganire n’ubwuzuzanye  icyo ari cyo, ugaragaze uko bumeze mu 

    Rwanda kuva kera  kugeza ubu.

    I.1. Umwandiko:  Uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda

     Kera Umunyarwandakazi ntiyagiraga agaciro mu muryango nyarwanda. 
    Yahoraga yitwararitse, agahugira mu turimo two mu rugo iyo mu gikari. Yabaga 
    ategura ishinge ku ruhimbi, aboha imisambi, avuza uruhindu, abuganiza amata 
    cyangwa acunda. Umukobwa w’inkumi utazi gucunda bamuvugiragaho bati: “Ni 
    impumbu” cyanecyane iyo atashoboraga gushyigura inumbiri. Inkumi yabaga 
    imaze kuzira inka ntiyasubiraga mu nka, yacirwaga imuhira akaba imbata 
    y’imirimo yitwaga ko igenewe igitsina gore gusa. Umukobwa kandi nta bundi 
    bushobozi bamubonagamo uretse kumutegaho ubukire bushingiye ku nkwano 
    azakobwa. Aha ni ho amazina nka Nzamukosha, Nzamugurinka, Bazizane, 
    Kabihogo, Kagaju n’andi yatsindagiraga icyo biteze ku mukobwa akomoka.

    Abakobwa ntibashyirwaga mu ishuri cyangwa mu itorero. Bashoboraga gusa 

    guhanurwa na ba nyirasenge, utamufite agahera mu rungabangabo. Nubundi 
    ngo: “Utagira nyirasenge arisenga”. Uburere bwahabwaga abana b’abakobwa 
    bwabateguriraga gusa gushaka, kubyara, kurera no gukora imirimo yo mu rugo, 
    ubumenyi bahawe bukaba ubwo kubatoza kuba ba “mutima w’urugo”.

    Abanyarwandakazi benshi basaga n’ababujijwe kujya ahagaragara. Kumva 

    hari uwafashe ijambo mu bagabo, mu rungano rwa basaza be byari umuziro. 
    Uwahirahiraga agatobora akavuga irimuniga yitwaga umushizi w’isoni, 
    ingare, …  Urugero Nyirarunyonga uvugwa mu bitekerezo nyarwanda yiswe 
    ingare, umusambanyi, inshinzi n’andi mazina kuko yari azi kuganira n’abandi, 
    akamenya gusetsa no gutebya agati kagaturika. Iyo basobanura uburyo yiboneye 
    Semuhanuka agaramye mu buro bwe yari yonesheje nkana, akamusanganira 
    yishimye, agahuza na we umudiho n’urugwiro kugeza ubwo amuha urwuya, 
    wumva Nyirarunyonga yari akaga. 

    Ibi byaterwaga n’impamvu nyinshi. Abana bavukaga buri wese atozwa ibyo 

    agomba gukora. Umuhungu yatozwaga na se guhiga, kuragira, kubaka, guhinga, 
    gukirana, kujya ku rugamba, guhakwa… Umukobwa agatozwa ibijyanye 
    n’urubohero no gukora imirimo yo mu rugo nko kuboha ibiseke, imisambi, 
    gutaka, gucunda amata … Buri wese yumvaga ubuzima ari ko bugenda.

    Umuhungu witwaga Byarugamba, Rukaburacumu, Gatabazi, Muhozi, Ngarukiye, 

    Kamufozi, Rwamacumu cyangwa se Gatanazi yumvaga bimuteye ishema ko 
    azarwanirira Igihugu cyangwa umuryango. Ibi byari bifite ishingiro kuko u 
    Rwanda rwahoraga ruhanganye n’impugu zirukikije mu ndwano z’urudaca 
    hagenderewe kurwagura no kurugwiriza amaboko. Si ibyo gusa, habagaho 
    n’intambara z’ubwiko zasabaga ko imiryango igwiza amaboko y’abanyamiheto 
    ku rubyaro rw’abahungu ngo umunsi basumbirijwe n’ibitero bibarusha ingufu 
    bazivune umwanzi bidasabye kwitwereza amaboko y’imuhana.

    Imitekerereze nk’iyi ni yo yabaye intandaro yatumye Umunyarwandakazi 

    adindira mu kwiga no guhabwa inyigisho z’igihe tugezemo. Bamwe mu 
    Banyarwandakazi bize batinze ugereranyije n’abagabo. Mu ikubitiro, bashyizwe 
    mu mashuri abategura kuzaba ababyeyi beza barerera neza umuryango. N’uyu 
    munsi, hari abagishyigikiye ibitekerezo nk’ibyo. Uwo muco wo gusumbanya 
    abana si mwiza, kuko wagiye utuma abana b’abakobwa bakurwa mu mashuri 
    igitaraganya maze umuhungu akaba ari we uhabwa amahirwe yo gukomeza 
    kwiga, umukobwa agacikiriza amashuri agahera mu keragati. Uyu muco wagiye 
    ugira ingaruka z’ubumenyi budahagije n’ubushobozi buke ku muntu w’igitsina 
    gore mu rwego rwo kwirwanaho cyanecyane mu bikorwa n’imirimo bisaba 
    ikoranabuhanga.

    Burya koko “agahugu umuco akandi umuco”. Mu mpande zitandukanye, mu 

    duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda, hagiye hagaragara Abanyarwandakazi 
    bashoboye gukora imirimo yaharirwaga igitsina gabo. Urugero ni nka Ndabaga 
    umukobwa w’intwari mwene Nyamutezi wagiye gukura se ku rugerero. 
    Nyirarumaga, wa musizikazi w’Umusinga na we yahinduye amateka mu busizi 
    nyarwanda, aho udusigo twari tugufi 3 cyane “ibinyeto” yaturambuyemo ibisigo 
    bifite imikarago myinshi, bihabwa amazina n’abahanga mu buvanganzo yo kuba 
    mu bwoko bw’ikobyo, icyanzu cyangwa impakanizi. None se ubwo abagabo 
    benshi ntibari barabuze aho bahera? Gasharankwanzi ka Bureshyo uvugwa 
    mu nsigamigani “Yigize inshinzi”, bivugwa ko yari akuriye umutwe w’ingabo 
    zigizwe n’abagore b’ingare. Robwa na we avugwa ko yatabariye Igihugu agwa i 
    Gisaka. 

    Ingero z’inkuru nk’izi zagiye zihindura imitekerereze y’Abanyarwanda. Bagiye 

    basobanukirwa uruhare rw’umugore mu iterambere ry’umuryango. Hari 
    n’abiganye umuco w’ahandi nk’i Burayi, ugasanga umugore asukura inzu, 
    umugabo ari mu gikoni. Hari n’ingo nyinshi zabifasheho umwanzuro, umwe 
    yajya gutashya undi agasigara asya amasaka cyangwa akarika. Niba mu rugo nta 
    mukozi uhari, utanze undi kugera mu rugo akanyarukira mu gikoni, agatangira 
    koza ibikoresho bikenerwa mu rugo, guteka... 

    Muri iki gihe, hari ibisubizo bigenda biboneka. Amwe mu mategeko agenga 

    uburezi yaravuguruwe ku buryo abakobwa n’abahungu bashobora kwiga 
    bimwe. Abakobwa babyaye imburagihe baracutsa bagasubizwa mu mashuri, 
    abataragize amahirwe yo kujya mu ishuri Leta yabashyiriyeho uburyo bwo 
    kwibeshaho, bigishwa imirimo n’imyuga inyuranye yabongerera ubushobozi 
    bwo kwitunga, gutunga ababo no kubaka Igihugu.

    Mu rwego rw’ubukungu n’umutungo, Abanyarwandakazi bageze ku ntera 

    ishimishije. Ubu bafite uburenganzira bwo kuzungura, bafite uburenganzira 
    bwo guhabwa umunani, bashobora kandi kugira umutungo bwite, akazi 
    gahemberwa umushahara n’ibikorwa byinjiza amafaranga. Abanyarwanda 
    bageze ku rwego rwo gusobanukirwa amategeko abarengera n’abarenganura 
    hakoreshejwe ubutabera.
     
    Imyanya y’ubuyobozi yiharirwaga n’abagabo gusa, ubu ihabwa buri wese 

    ubifiye ubushobozi. Ubu tumaze kugera kure. Abantu bose basobanukiwe 
    neza ko uburinganire n’ubwuzuzanye biri mu bituma habaho amajyambere 
    arambye. Ubu mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite, 
    mu ba minisitiri, no mu zindi nzego zifatirwamo ibyemezo, Abanyarwandakazi 
    bahagaze neza mu ruhando rw’amahanga.
     Guharanira uburinganire n’ubwuzuzanye ariko ntibigomba kuba intandaro 
    yo gukandamizanya. Abantu b’gitsina gore n’ab’igitsina gabo bagomba 
    kubahana bakabana mu mahoro, uburenganzira bwa buri wese bukubahirizwa, 

    bakuzuzanya muri byose.


     I. 1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

     Soma umwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda”, ushakemo 
    amagambo udasobanukiwe hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu 
    mwandiko wifashije inkoranyamagambo.
     
    1. Koresha amagambo akurikira dusanga mu mwandiko mu nteruro 
    wihimbiye: 
    a) Ikantarange           
    b) Guhakwa      
    c) Gutabarira Igihugu         
    d) Ubufatanye      
    e) Ubwuzuzanye
    2. Urebye mu merekezo yose, garagaza amagambo ari muri iki 

    kinyatuzu afitanye isano n’umwandiko: 

    IMYITOZO
    1. Koresha amagambo akurikira dusanga mu mwandiko mu nteruro 
    wihimbiye: 
    a) Ikantarange           
    b) Guhakwa      
    c) Gutabarira Igihugu         
    d) Ubufatanye      
    e) Ubwuzuzanye
     2. Urebye mu merekezo yose, garagaza amagambo ari muri iki 

    kinyatuzu afitanye isano n’umwandiko:

     I.1.2. Gusoma no  kumva umwandiko
     Ongera usome umwandiko hanyuma usubize ibibazo bikurikira
     1. Tandukanya uburinganire n’ubwuzuzanye.
     2. Vuga inshingano ebyiri z’abagabo n’ebyiri z’abagore zahindutse uko 
    ibihe byagiye  bihinduka.
     3. Subiza yego cyangwa oya.
     a) Imirimo myinshi isa n’aho yagenewe abagore cyangwa abagabo, ni 
    iyagenwe n’umuco aho kugenwa n’imiterere kamere y’umuntu. Kubera 
    iyo mpamvu, ikaba ishobora guhindurwa.
    b) Abagabo n’abagore bashobora kugaragarizwa icyubahiro ku buryo 
    butandukanye.
     c) Nta masomo Umunyarwandakazi ahejwe kwiga. 
    d) Umugabo ni we uzungura umutungo w’umuryango.
     4. Abagore basigaye bakora imirimo inyuranye. Muri iki gihe bigaragarira 

    he?

     I.1.3. Gusoma  no gusesengura umwandiko
     1. Ni izihe ngingo z’ingenzi zigaragara muri uyu mwandiko?
     2. Kuri wowe uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?
     3. Tanga ingingo zigaragaza uburyo Ababyarwandakazi bari barapyinagajwe 

    kuva kera na kare.

     I.1.4. Kungurana ibitekerezo
     Mwungurane ibitekerezo ku nsanganyamatsiko ikurikira: 

    Akamaro k’uburinganire n’ubwuzuzanye mu iterambere ry’Igihugu. 

    I.1.5. Ikiganiro mpaka
     Muhereye ku bushobozi mufite bwo gutegura ikiganniro mpaka, nimutegure  
    kandi  mukore ikiganiro mpaka ku nsanganayamatsiko  ikurikira: 
    “Ivangura rishingiye ku gitsina ridindiza iterambere ry’umuryango 

    nyarwanda” 

    IMYITOZO
     Ongera wiyibutse ubwoko bw’imyadiko wize maze uhange umwandiko 
    ufite uturago twa bumwe mu bwoko bw’imyandiko ku nsanganyamatsiko 
    ikurikira:
     “Uwigishije umugore aba yigishije umuryango.” 
    Umutwe w’umwandiko wawe ube ubwo bwoko bw’umwandiko 

    n’insanganyamatsiko.

    I.2. Amazina y’urusobe
     IGIKORWA

     Soma  interuro zikurikira  witegereza amagambo y’umukara tsiri yavuye 
    mu mwandiko “Uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda” utahure 
    inshoza, uturango n’ubwoko by’amazina  y’urusobe.
     a) Ubu Umunyarwandakazi afite uruhare runini mu iterambere 
    ry’igihugu. 
    b) Nyirasenge wa Semuhanuka yari umusizikazi. 
    c) Uburinganire n’ubwuzuzanye bwatumye abantu bava mu 
    rungabangabo bagera ku majyambere arambye. 
    d) Rukaburacumu na Gasharankwanzi bavugwa cyane mu 

    buvanganzo nyarwanda.  

    I.2.1. Inshoza y’izina ry’urusobe
     Iyo bavuze izina ry’urusobe twumva izina rishobora kugira uturemajambo 
    turenze udusanzwe tw’izina nyakimwe. Iyo usesenguye izina ry’urusobe 
    usanga rifite indomo ebyiri, indangazina ebyiri, ibicumbi bibiri cyangwa se 
    ugasanga rifite indomo, indanganteko n’igicumbi, ariko rikagira n’ubundi 
    bwoko bw’ijambo bwiyomekaho.
     Ubwoko bw’amagambo ashobora kwiyomeka ku izina nyakimwe rikabyara 
    izina ry’urusobe hari ikinyazina, umusuma n’akabimbura gishobora kwihagika 

    mu izina nyakimwe rikabyara izina ry’urusobe. 

    1.2.2. Uturango tw’izina ry’urusobe
     Izina ry’urusobe ni izina rikomoka ku magambo arenze rimwe, yiyunga 
    akarema ijambo rimwe rifite inyito imwe. Mu rwego rw’intêgo, usanga ari izina 
    rifite uturemajambo turenze utw’izina nyakimwe. Izina ry’urusobe, rishobora 
    kugira uturemajambo tw’izina twivanzemo utw’inshinga cyangwa ubundi 

    bwoko bw’ijambo nk’ikinyazina, umugereka... 

    I.2.3. Ubwoko bw’izina ry’urusobe
     -Amazina y’urusobe tuyasangamo amoko atandukanye:- - - - 
    -Amazina y’inyunge 
     -Amazina y’urujyanonshinga 
    -Amazina y’akabimbura
     -Amazina y’umusuma
    -Amazina agaragaza amasano
     
    1. Amazina y’inyunge

     Izina ry’inyunge ni izina rigizwe n’amazina abiri yiyunze agakora izina rimwe. 
    Muri ayo mazina abiri, usanga irya kabiri riba risobanura izina riribanjirije. 
    Amazina y’inyunge nubwo aba agizwe n’amazina abiri yiyunze agira inyito 
    imwe itari  igiteranyo cy’ayo mazina abiri yiyunze. Cyakora, iyo irya kabiri 
    rifutura irya mbere, yandikwa atandukanye.

    Ingero:

    -Mwanankundi
    -Mugabonake
    -Imvugo shusho
     -Inyandiko mvugo
    -Itegeko teka

    Amazina y’inyunge ashobora kuba agizwe n’amazina abiri yunzwe n’ikinyazina 

    ngenera. Ayo mazina abiri yunzwe n’ikinyazina ngenera ntagira inyito ebyiri, 
    ahubwo arema inyito imwe nubwo aba agizwe n’amagambo abiri.
     
    Ingero:

     -Insina z’amatwi
     -Inkondo y’umura
     -Inkono y’itabi
     -Amaso y’ikibuno
     -Amaso y’ikirayi

     -Utwunyu twa nyamanza

     2. Amazina y’urujyanonshinga 
    Aya mazina y’urujyanonshinga aba ashingiye ku nshinga yiyunze n’icyuzuzo 
    cyayo, gishobora kuba icyuzuzo mbonera cyangwa icyuzuzo nziguro (izina, 

    inshinga, ikinyazina, umugereka), agakora izina rimwe.

    3. Amazina y’akabimbura
     Akabimbura ni akaremajambo kihagika imbere y’izina risanzwe mu rurimi 
    bikabyara
     izina rishya.

    a) Akabimbura “-nya-
     Akabimbura “-nya-“  kagira ingingo y’ikinyazina ngenera

     Ingero:
     Ikinyamateka, umunyamuryango, umunyenzara, umunyamakuru, umunyeshuri
    b) Akabimbura “nyiri-“ 
    Akabimbura “nyiri-“  gafite ingingo isa neza n’iy’ikinyazina ngenera.

     Ingero:

     Nyirumuringa Nyirurugo
     Nyirimpuhwe Nyiribambe
     Akabimbura “nyira-“ iyo kihagitse mu mazina bwite y’abantu kagira ingingo 
    y’igitsina
     gore. Ingero zikurikira zirabigaragaza.

    Ingero:

     Igikari: Nyirabikari
     Intabire : Nyirantabire 
    Intama : Nyirantama

    c)  Akabimbura “sa-” cyangwa “se-”
     
    Akabimbura sa- cyangwa se- gafite inyangingo y’ikinyazina ngenera.  Iyo 
    kihagitse mu mazina bwite, usanga afite ingingo y’igitsina gabo kandi nta 
    ndomo ayo mazina mashya agira.
     
    Ingero:
     Amahoro: Semahoro
     Uburo: Seburo
     Umusure: Samusure

    d) Akabimbura “–ene-” 
    Akabimbura “–ene-” gafite ingingo nk’iy’ikinyazina ngenera. Amazina bwite 
    agafite akunze kuba ari amazina rusange. Gashobora kandi kongerera izina 
    kihagitsemo ingingo igaragaza isano abantu bafitanye.
     
    Ingero:
     Imana: Benimana
     Ihirwe: Benihirwe
     Ikenewabo
     
    e)        Akabimbura -ka-    kifitemo        ingingo          ivuga  ngo            “umugore     wa”
     Akabimbura -ka- kifitemo ingingo ivuga ngo “umugore wa”, usanga kiganje mu 
    mazina bwite y’igitsina gore. 
    Ingero:
     Macumu: Mukamacumu
     Rutamu: Mukarutamu
     Ntwari: Mukantwari
     Muhire: Mukamuhire

     f)        Akabimbura “-a-”   gafite ingingo          y’ikinyazina            ngenera

     Akabimbura “-a-” gafite ingingo y’ikinyazina ngenera, gakoreshwa cyane mu 

    mazina bwite, kandi amazina kihagitsemo nta ndomo agira.

     Ingero:

     Inkazi: Kankazi 
    Amagana: Rwamagana
     Imana: Kamana 
    Imanzi: Kamanzi

     

    4. Amazina y’imisuma
     Umusuma ni akaremajambo kongerwa ku izina, gashobora kubaho cyangwa 
    ntikabeho gafite ibisobanuro. Ikindi ni uko umusuma udasesengurika. 
    Amazina y’umusuma ni ukuvuga amagambo yongerwaho akaremajambo 
    kadasesengurwa, kitwa umusuma.  Dufite imisuma iri mu byiciro bitatu bikurikira: 

    a) Umusuma  “-kazi”
     Umusuma  “-kazi” wumvikanisha igitsina gore.
     
    Ingero: 
    Umunyarwanda→Umunyarwandakazi,  
    Inkoko→Inkokokazi,  
    Umurundi→Umurundikazi, 
    Umugabe→umugabekazi... 
    Ikitonderwa: amazina yose aherwa na –kazi si ko aba ari ay’umusuma. Hari 
    amazina nkomoranshinga ateye nk’ay’umusuma ariko atari yo.
     Ingero: Umupfakazi, inkundwakazi

    b) Umusuma nsuzuguzi “-azi”      ni        ukaremajambo            gafite inyito yo      

    gusuzugura cyangwa gutesha agaciro

    Ingero: 

    Umuheto→umuhetazi
    Umugabo→umugabazi, 
    Ibuga→ibugazi, 
    Ibitaka→ibitakazi…


    c) Umusuma sano 

    Imisuma sano ni uturemajambo dufite inyito y’amasano: “buja”, “rume”, 
    senge”, “bukwe”, “kuru”, “kuruza”. Imisuma sano ijyana n’utubimbura sano 

    (ma, nyoko, soko, se, so-, se-nyira) kugira ngo bireme amazina.

    Ingero:


     Ikitonderwa 
    1. Amagambo y’urusobe yandikwa umujyo umwe. Gusa mu bisingizo, mu 
    migani no mu mazina nteruro n’amagambo y’inyunge akabije uburebure, 
    yandikwa atandukanyijwe, agashyirwa mu twuguruzo n’utwugarizo.
     
    Ingero: 
    - Umuhanurabinyoma, Rukemanganizi, Karahangabo, Karikumutima... (aya 
    ni amazina y’urusobe yanditswe umujyo umwe)
    -Ubwo “Inshyikanya ku mubiri ya Rugema ahica” aba arahashinze.
    -Ubwo “Rumenerangabo Ntarindwa ku mukondo wa Rukaburabimashi” ati: “Ba!”
     2. Akabimbura “so” kagira impindurantego “sho”. 
    Urugero: shobuja.
    3. Akabimbura “se” gakomoka ku izina ise cyangwa se, kakagira inyito 
    y’umuntu w’igitsina gabo ufite cyangwa se utunze nyakuvugwa. Akenshi 
    ayo mazina aba ari bwite. Usanga gakora nka “nyira” ikomoka ku izina 
    nyina. 
    Ingero: Sebuja, Serugo, sebatunzi
    4. Akabimbura “nya” gafitanye isano na “nyira”, kakaba gakora kuri ubu 
    buryo:
     Iyo -a- ya nya- ikurikiwe na i y’indomo cyangwa se y’indangahantu, iyo ndomo 
    ishobora
     gutakara cyangwa zombi zikiyungamo - e- biturutse ku igenamajwi

    Urugero: 

    Umunyenzara 

    Ikitonderwa:
    - Akabimbura “nya-” gashobora kuba akabimbura nyifuzo iyo kiyunze 
    n’inshinga iri mu mbundo. 

    Ingero: 
    nyagutuma, nyakumanikwa, nyakubyara; …- 
    Akabimbura “nya-” gashobora kwiyunga n’ikinyazina cyangwa n’izina 
    kagafata inyito yo guhamya (gutsindagira) ikivugwa.
     
    Ingero:
     inzu nyanzu, abakobwa nyabakobwa; bariya bazaba abategarugori 
    nyabo.
    - Akabimbura “nya-“ gashobora kwiyunga n’izina kakagira inyito y’utunze 
    cyangwa ufite nyakuvugwa.
     
    Ingero: 

    Umunyamerwe, umunyamahanga, umunyabintu, umunyenzoga…

    Akabimbura sa- gashobora gukora mu mazina nka Saruhara, Gasabwoya, 

    Gasamagera,  Sabato, Sakabaka…


     I.2.3. Intêgo y’izina ry’urusobe
     IGIKORWA

     Shaka intêgo y’amazina y’urusobe ari mu mwandiko “Uburinganire  
    n’ubwuzuzanye mu Rwanda”,  kandi ugaragaze n’amategeko y’igenamajwi. 


    Uturemajambo tw’amazina y’urusobe
     Twabonye  ko  izina ry’urusobe ari izina usanga rikomoka ku yandi magambo 

    arenze rimwe, ariko  rikagira inyito imwe. Mu rwego rw’intego, usanga ari izina 
    rifite uturemajambo turenze utw’izina mbonera. Izina ry’urusobe rishobora 
    kugira uturemajambo
    tw’izina twivanzemo utw’inshinga cyangwa ubundi bwoko bw’ijambo 
    nk’ikinyazina, umugereka…


    Ingero:


    I.3.Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

     Mu kinyarwanda baravuga ngo: “Ukurusha umugore akurusha urugo”. Mu 
    mwandiko muremure, emeza cyangwa uhakane uwo mugani, utanga ingero  
    zifatika.

    Muri uwo mwadiko, hagaragaremo amazina  y’urusobe  adatandukanye

     I.4. Isuzuma risoza umutwe wa mbere

     Umwandiko: Uburinganire n’ubwuzuzanye mu iterambere

     Iterambere ni irya bose si iry’umuntu umwe.  Kugira ngo rishoboke, umuryango 
    ari wo ugizwe n’umugabo n’umugore n’abana bagomba kubigiramo uruhare. 
    Dore ko abagiye inama Imana ibasanga. Ingero ni nyinshi ariko reka turebe 
    ingero z’imiryango ibiri ituye ku musozi wa Burimbi. Uti: «Ibayeho ite?»

    Umuryango wa Cyubahiro na Kamariza bose bashakanye ari abatindi; 
    bavugagwa ko nta cyo bakwigezaho. Bo ariko ntibacika intege kuko bahamyaga 
    ko ibintu ari ibishakwa ntawubivukana. Dore ko bari baramenyaniye mu 
    mahugurwa y’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere. Aho bahakuye inkunga 
    ntagereranwa y’uburyo bwo kwiteza imbere, biturutse ku nguzanyo zitangwa 
    n’ibigo by’imari. Mu gihe bari bamaze kurushinga, rubanda rwakomeje kubaha 
    inkwenene na bo bati : “Isazi y’ubute ntirya igisebe” kandi ngo “Utayihinganye 
    ntayikira”. Ubwo berekeye kuri Banki y’Abaturage ya Kinyami gusaba inguzanyo 
    maze barayihabwa. Bwatinze gucya bashoka igishanga, maze si uguhinga 
    karahava! Batera imbuto z’indobanure, ijuru na ryo rirabakundira. Isarura rya 
    mbere, bishyuye icya kabiri ku nguzanyo, banigurira amatungo magufi, harimo 
    ingurube n’inkoko. Ibyo byatumye benshi ndetse no mu babahaga inkwenene, 
    bibaza uko babakiranye. Ibyo byaterwaga n’uko batari bazi ibanga ryabo ryo 
    kubahana no kugirana inama, igihe cyose bagiye gukora icyo ari cyo cyose.

    Haciye umwaka umwe, bibarutse abana babiri; umwe yitwa Kiza undi yitwa 
    Ishimwe. Abo bana bareranywe urukundo, bahabwa n’ibyangombwa bikenewe 
    nk’ indyo yuzuye, imyambaro ikwiye, ubuvuzi nyabwo, amashuri meza. Usibye 
    ibyo, bigishijwe uturimo dutandukanye, maze bakura bazi ko akabando 
    k’iminsi ari umurimo. Ntibyatinze batsinda ikizamini cya Leta kuko biganaga 
    ikinyabupfura n’ubuhanga ndetse n’abarimu bakabakunda birambuye. Ibyo 
    bituma abandi bana babareberaho, maze na bo biyuha akuya barabigana mu 
    matsinda anyuranye, harimo itsinda ryo kurwanya marariya, iryo kubungabunga 
    ibidukikije. Bamaze kurangiza  amashuri yisumbuye, bemerewe kujya kwiga 
    muri za kaminuza zo mu mahanga. Kiza akurikirana ibyerekeye ikoranabuhanga 
    naho Ishimwe we akurikira ibijyanye n’ubuvuzi. Nyamara nubwo kwa Cyubahiro 
    na Kamariza hari impundu, kwa Ntambara na Nyiranuma ho hari ishavu,  dore 
    ko babagaho ku bugenge. Uti: “Ese ibyo bishoboka bite ko abantu babana ku 
    bugenge boshye abatagira ubwenge?” 

    Ntambara na Nyiranuma babanye bifashije mu buryo buringaniye, dore ko 
    bavukaga mu ngo zidasaba umunyu, kandi na bo baribararangije mu Ishuri 
    Nderabarezi rya Byumba.

    Ntibyatinze bibarutse ubwa mbere abana b’impanga  ari bo: Semanywa na Keza. 
    Babareze bibabaje kandi biteye agahinda, kuko batasibaga kurwana kubera 
    ubusinzi bwa buri munsi. Wasangaga Ntambara na Nyiranuma baramukira mu 
    kabari kari hafi y’ishuri, kwiyandikisha ngo bazishyura ukwezi gushize. Ubwo 
    kandi na nyuma y’amasomo, wasangaga utubare twose, ni nde uciye hano ni 
    Runaka, iyo atabaga umugore yabaga umugabo. Guteka byabaga rimwe ku munsi 
    nabwo nijoro. Akenshi abana baryamaga batariye, maze bwacya bakarwanira 
    mu nkono batabanje no kwikiza ubutuna.

    Igihe cy’amanywa, abana babo birirwaga mu ngo za rubanda, rimwe bakabaha 
    ibyo kurya, ubundi bakabibima. Hari ababahaga urw’amenyo babavugiraho 
    ngo: “Ariko ubundi, aba ko ari abo kwa mwarimu, turabagaburira utw’abana 
    bacu, hanyuma bage kurenzaho amata n’imigati, ubwo si ubucucu?”  Bamwe 
    bakabibaha, abandi bakabibima. Nyamara se babibonaga ryari? Ubwo abana 
    bakirirwa bicira isazi mu jisho. Ntibyatinze, basezerewe ku kazi kubera 
    imyitwarire idahwitse, haba hanze ndetse no ku kazi (gusiba, kudatanga 
    umusaruro, kurwana no gusebanya). Udufaranga tw’imperekeza twabaye 
    intica ntikize. Baturiye nk’abagiye gupfa. Koko rero “ntarutamburira imfusha”. 
    Umunsi umwe haguye imvura y’amahindu, abana benshi bugama hanze kubera 
    ko bari bataye urufunguzo, ikindi kandi no guhora bahanwa n’abaturanyi, 
    byatumye bajya kwikinga munsi y’igiti cyari ku irembo ry’iwabo.

    Muri iyo mvura, nibwo Keza yafatwaga n’umusonga ariko undi ntiyabimenya 
    agira ngo ni ugukina. Uko amasaha yagendaga akura, ni na ko yarushagaho 
    kuremba, maze atangira kubwira umuvandimwe we ko apfuye. Ubwo Semanywa 
    ahuruza abaturanyi ngo bamujyane kwa muganga. Bamwe bumva umwana 
    bwangu, ariko abandi bati: “Tujya kubayegamo kwa muganga se, ababyeyi 
    babo ntibari kunywera iza yose hirya aha? Hari uwo bagurira agacupa?” Bakiri 
    muri izo mpaka, hatunguka Cyubahiro na Kamariza  bavuye kubaza ibyerekeye 
    imishingirwe n’imikorere y’amakoperative, babona umwana yarembye maze 
    batumiza ipikipiki bamujyana kwa muganga. Bamugejejeyo, batinze kumwakira 
    kuko nta n’ubwishingizi mu kwivuza bagiraga. Muganga aramusuzuma maze 
    ababwira ko  hasigaye akuka gake. Koko bidatinze Keza araca.

    Inkuru y’inshamugongo ihita ikwira hose ko umwana wa Ntambara na 
    Nyiranuma yitabye Imana. Abantu barababara cyane kubera ko abana bazize 
    uburangare bw’ababyeyi babo, dore ko babahamagaye ko abana bari hanze 
    kandi banyagirwa bakabatera utwatsi. Imihango yo gushyingura iba bosebose 
    bacitsemo igikuba. Bashinjaga Ntambara n’umugore we urupfu rw’umwana 
    wabo kuko impanga ye yari yabibasobanuriye. Nyiranuma we amarira yari 
    yose, bamwe bakamuhoza abandi bakamuha inkwenene. Ubwo abahacaga 
    bose bifataga ku munwa.

    Nuko ishyingura rirangiye, Cyubahiro yahise asaba ijambo, aravuga ati: “Ibi 
    bikwiye gusubirwamo, abantu bakibutswa inshingano zabo, haba mu ngo ndetse 
    n’ahandi”. Nibwo basabye umuhuzabikorwa w’umurenge gutumiza inama 
    y’ikubagahu ngo bafatire ibintu mumaguru mashya. Muri iyo nama, Cyubahiro 
    na Kamariza bahawe umwanya basobanurira abantu ibintu byinshi bamaze 
    kugeraho kuko bari bamaze kubazwa ibanga bakoresha. Banababwiye n’ibyo 
    bateganya kugeraho, mu minsi iri imbere, ariko kandi ko ibyo byose babigezwaho 
    n’ubwumvikane no kujya inama ku bibazo byabangamira umuryango. Ibinaniye 
    umwe undi akabikora. Nubwo bari mu bwirabure, ntibyatumye abaturage 
    bihanganira kubaha amashyi y’urufaya. Abari aho batahana ingamba nshya 
    cyanecyane ko bibazaga icyo bakora ngo batere imbere. Nyiranuma na 
    Ntambara bahise basaba abaturage bose imbabazi ndetse bazisaba n’Imana, 
    bafata ikemezo cyo gusenyera umugozi umwe. Wumvaga bamwe hirya bavuga 
    ngo: “Harakabaho Cyubahiro na Kamariza”; abandi ngo: “Izina ni ryo muntu!”

     I.Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
     1. Ni iki Kamariza na Cyubahiro bakoze ngo barwanye ubukene ? 
    2. Imibereho ya Cyubahiro na Kamariza bayikeshaga iki abantu batari bazi?
     3. Ni ikihe kintu kiza abana ba Cyubahiro na Kamariza bakoze? 
    4. Sobanura mu magambo make imibanire y’abana ba Cyubahiro na 
    Kamariza.
     5. Ese hari ikigaragaza ko Ntambara na Nyiranuma bari kuba bifashije? 
    Ni uwuhe mugani w’Ikinyarwanda wabacira urebye uko ba Kamariza 
    babayeho? 
    6. Iyo abana ba Nyiranuma na Ntambara bajyaga mu ngo z’abaturanyi babo, 
    bababwiraga iki? Ese ibyo bavugaga byari byo? 
    7. Ni iki Cyubahiro na Kamariza bakoreye Keza? 
    8. Ni ikihe gikorwa cy’ubutwari Nyiranuma na Ntambara bakoze imbere 
    y’abaturage bagenzi babo? 
    9. Andika ingingo z’ingenzi n’iz’ingereka tubona muri uyu mwandiko.
    10. Muri uyu mwandiko batubwira ibyerekeye itsinda ryita ku bidukikije,
    11. urumva ryaba rishinzwe iki? 
    12. Sobanura uko umutwe w’uyu mwandiko uhura n’ibivugwamo. 
    13. Ni irihe somo ry’ubuzima bwa buri munsi wakwigira kuri iyi miryango yombi? 

    I. Ibibazo by’inyunguramagambo
    1. Sobanura  aya magambo:
     a) Uburinganire   
    b) Ubwuzuzanye    
    c) Inkwenene    
    d) Ubutuna 
    e) Ikubagahu   
    f) Gutera utwatsi   

    2. Simbuza  amagambo atsindagiye ayo bivuga  kimwe  ari mu mwandiko: 
    a) Kamariza  afatanya n’umugabo we mu kuzuza inshingano zo kurera 
    abana bibarutse.
    b) Umutegarugori utiyubashye usanga rubanda bamuseka cyane.
    c) Afite agahinda ku buryo no kugira icyo ashyira ku munwa byamunaniye. 
    d) Yagiye shishi itabona nta cyo atubwiye ku byabaye ku baturanyi be. 

    3. Andika amagambo ari mu mwandiko asobanura atya: 
    a) Ukuba ikintu kigeze mu ididaniro.  
    b) Gushakira umugore ku wundi.  
    c) Gukora iyo bwabaga, uko ushoboye kose.

    4. Koresha amagambo akurikira mu nteruro ukurikije inyito afite mu 
    mwandiko: 

    a) Umuganji
    b) Gutera utwatsi      
    c) Kubaha urw’amenyo
    d) Kurenga inkombe.

    II. Ibibazo  ku kibonezamvugo
     Tahura ubwoko bw’amazina y’urusobe akurikira, ugaragaze uturemajambo 
    twayo n’amategeko y’igenamajwi: 
    a) Nyogokuru
    b) Mabukwe
    c) Nyirinkwaya
    d) Sobuja
    e) Sebatunzi
    f) Nyirabizeyimana
    g) Rwankubebe 
    h)Nyirarunyonga
    i) Ikoranabuhanga
    j) Amajyambere.

    IBIMENYETSO N’IMPINE BYAKORESHEJEUNIT 2: UMUCO NYARWANDA