• UMUTWE WA 4 KUBAKA UMUCO W’AMAHORO

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -      Gusesengura umwandiko ku ntandaro n’ingaruka z’amakimbirane, agaragaza ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo.

    -       Gusesengura inshinga, agaragaza intêgo n’amategeko y’igenamajwi.

    IGIKORWA CUturemajambo twungirije ni akano, impakanyi, indangacyuzuzo n’ingerekaY’UMWINJIZO

    Ushingiye ku bumenyi bwawe bwite, sobanura amakimbirane icyo ari cyo, uko avuka, ingaruka zayo n’abagira uruhare mu kuyakumira no kuyakemura.

    IV.1. Umwandiko: Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane

    S

    Abahanga basobanura neza ko amakimbirane ari ibintu bigonganisha abantu babiri cyangwa benshi, bikomotse ku bibazo cyangwa se ku mpamvu zinyuranye.

    Amakimbirane ashobora kuvuka bitewe n’imiyoborere idahwitse, amacakubiri hagati y’imbaga y’abantu, imyumvire ya poritiki id

    gukora: kor-a guteka; tek-a kwiga: ig-a…

    ahuye n’ibitekerezo by’abandi, kutizerana mu ngo cyangwa mu miryango. Byagiye bigaragara ko ubunebwe, ubukene, ubujiji, inda nini na ruswa bishobora na byo kuba intandaro y’amakimbirane. Imiturire mibi, ihohoterwa rya bamwe, abana batiga na bo bashobora kuba intandaro y’amakimbirane…

    Amakimbirane agira uko akemurwa. Ahari abagabo ntihapfa abandi. Igihe cyose hagaragaye amakimbirane, ni ngombwa kwihutira kuyakemura agahigama. Ni ngombwa gukemura amakimbirane mu maguru mashya kuko arasenya ntiyubaka.

    Mu gukemura amakimbirane, hari iby’ingenzi bigomba kwitabwaho. Mbere na mbere, mu gukemura amakimbirane, umuhuza agomba kumenya imiterere n’imvano nyakuri y’ayo makimbirane, iyo iki kirangiye, ahuza abafitanye amakimbirane, akabunga yubahiriza amategeko ariho, ibinaniranye bigashyikirizwa inzego zisumbuye zibifitiye ububasha.

    Amakimbirane adacika, y’akarande arasenya, yangiza byinshi. Igihe cyose abantu batarashobora gusenya inkuta zitandukanya abantu kutoroherana no guca iminyururu ibaziritse ngo basenyere umugozi umwe, nta na rimwe bashobora kugera ku majyambere arambye. Abantu bakwiye kuba umusemburo

    w’amahoro hagati yabo, bakiremamo umuco uhinduka, uhindukirira abandi, wubaha uburenganzira bw’abandi n’ibyakagombye kubakorerwa.

    Guhohotera bishyirwa mu bintu bishobora gukurura amakimbirane. Uzasanga ihohotera ryigaragaza mu buryo bukurikira: kurwana, gufata ku ngufu, kwica, kubabazanya, gushinyagurirana, gutongana, kubeshya, kunegurana, kujoga, kumwaza, gusuzugura, kwima abandi ijambo, kurimanganya, n’ibindi. Nk’uko bigaragara, ihohotera rishobora kuboneka mu bikorwa, mu magambo cyangwa mu myifatire.

    Hari ibigomba kuranga imyitwarire y’ukemura amakimbirane. Uwunga cyangwa uhuza abafitanye ibibazo, agomba kutabogama, akereka abo ashaka gukiranura ko nta ruhande ahengamiyeho. Agomba kuba ari inyangamugayo, agira ibanga, azi kubika icyo yabwiwe ntakibwire abahisi n’abagenzi. Gutega amatwi no kumva ni ngombwa, kuko ukiranura abahanganye, agomba kubatega amatwi kugira ngo aze kumenya neza aho umuti w’ikibazo ushobora guturuka, bityo bikamuha uburyo bwo kubayobora no kubona aho yerekeza abakimbiranye. Umuhuza w’abantu bafitanye amakimbirane agomba kumenya kuyobora igikorwa. Ibi ntibivuze gutegekana igitugu cyangwa kubuza abantu kuvuga. Agomba guha umurongo igikorwa kugira ngo bitaba akajagari, cyangwa se ngo usange bikunyujije iruhande rw’aho wari gukura igisubizo.

    Kwihangana no kwigomwa, kuba afitiwe ikizere n’impande zishyamiranye, kimwe no kumenya kugena igihe gihagije kandi kitarambiranye, biri mu biranga imyitwarire y’ukemura amakimbirane.

    Amakimbirane nta kiza cyayo. Ahembera ubwicanyi, abapfa imitungo, imirima n’amasambu bararwana, bamwe bagafungwa, imiryango bari bahagarariye igasubira inyuma mu iterambere. Abakoresha amahugu no kwambura abavandimwe babo bitwaje ubukene n’inda nini bisenya Igihugu. Hari kandi ubuhemu bukabije mu bantu; kutishyura uwakugurije, gusenya ingo za rubanda…

    Ibibazo bimwe abaturage bahura na byo, ntibibonerwa umuti kubera uruhare abayobozi bamwe na bamwe baba bafite muri ayo makimbirane. Abayobozi bamwe bashyira imbere inyungu zabo bwite aho kwita ku kazi bashinzwe. Hari abakoresha ikenewabo cyangwa ikimenyane n’ubucuti, bakirengagiza cyangwa bagatinda gufatira ibyemezo abayobozi barenganya abaturage. Hari n’abayobozi banga kwiteranya cyangwa kutita ku bintu, abashaka kugora no kumvisha abo batavuga rumwe, abarangwaho ubushobozi buke n’abaka ruswa bashaka kubogama, ni ngombwa gukeburwa bakagirwa inama.

    Amakimbirane agira ingaruka ku mutekano no ku bwiyunge. Kugira umutekano ni ukwidagadura mu byawe hamwe n’abawe, nawe ntubangamira uburenganzira bw’abandi. Ikindi ni uko kugira umutekano, bivuze kubona amategeko abereyeho kurenganura abantu bose bafite ibibazo, harimo n’amakimbirane. Ikibazo cyari hagati y’abavandimwe iyo kivugutiwe umuti

    impande zombi zikawunywa ntubasharirire, bakegerana, bagasangira, nta kiza nk’iki. Kutarenganura abarengana bibyara umwiryane, inzika zikurura gushaka guhora. Akazi k’ubutabera kagaragarira ahangaha. Abahanga bemeza ko demukarasi y’Igihugu kigendera ku mategeko, igaragarira mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo amategeko ateganya.

    Amakimbirane agira ingaruka ku mibereho y’ababaturage no ku bukungu bw’akarere.

    Abaturage bahora mu makimbirane ntibagira igihe cyo gukorera ingo zabo n’Igihugu. Kugirira ikizere abayobozi babo bibaba kure nk’inyenyeri n’ukwezi, bityo bikabadindiza, ntibitabire ibikorwa rusange bigamije amajyambere y’Akarere. Igihe ibibazo by’abaturage bidakemuwe, igihe hari umuturage ukirenganywa cyangwa ugikandamizwa, ubukene ntibuzabura mu miryango, kandi amajyambere agambiriwe ntazagerwaho.

    4.1.1.  Gusoma no gusobanura umwandiko

    IGIKORWA

    Soma umwandiko “Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane” ushakemo amagambo udasobanukiwe, hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashije inkoranyamagambo.

    IMYITOZO

    1.   Kora interuro ngufi ukoresheje amagambo akurikira: gusiragira, gukimbirana.

    2.  Simbuza ijambo (amagambo) ryanditse ritsindagiye, irindi bivuga kimwe riri mu mwandiko.

    a)  Uru rubanza rwabaye inkomoko y’urwango hagati ya Kamana ni Barigira.

    b)    Ejo Kamana yibwe n’agatotsi arasinzira maze abajura bamwiba ibikoresho by’ubwubatsi.

    c)  Mukamusoni yahawe inka yo kurera umwana yabyaranye na Rwubusisi

    3.   Andika imbusane y’ijambo ryanditse mu mukara tsiri urikuye mu mwandiko:

    a)  Uyu ni wa mugabo wahisemo kwitwa bihemu.

    b)  Ibi byabaye byabaye iherezo by’amakimbirane.

    4.    Uzuzurisha buri nteruro ijambo rivuye mu mwandiko.

    a)  Aba bagabo bakeneye.......... kugira ngo amakimbirane yabo ahoshe.

    b)      Bwa   butegetsi   bwa   Hitler   bwari   ubutegetsi   bw’............ kuko bwarenganyaga abantu.

    4.1.2.  Gusoma no kumva umwandiko

    IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane”, maze usubize ibibazo byawubajijweho.

    1.          Tanga ingero z’ubwoko bw’ibibazo by’ingenzi biboneka mu makimbirane

    2.          Andika inkomoko z’amakimbirane.

    3.          Tanga uburyo bujyanye n’ingero, ihohotera ryigaragarizamo.

    4.          Sobanura uburyo amakimbirane ashobora gukemurwamo.

    5.          Ni izihe ndangagaciro zigomba kuranga ukemura amakimbirane?

    6.          Ni izihe mpamvu zishobora kubangamira ikemurwa ry’amakimbirane?

    4.1.3.  Gusoma no gusesengura umwandiko

    IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane” maze usubize ibibazo bikurikira:

    1.       Vuga ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko.

    2.      Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?

    3.      Mu banyeshuri mwigana, mu bana muturanye hari abigeze kugirana amakimbirane? Niba bahari yatewe n’iki?

    4.     Umaze kumenya ingaruka z’amakimbirane. Uramutse usanze bangenzi bawe mwigana bagiranye amakimbirane wakora iki?

    IV.1.4. Kungurana ibitekerezo

    IGIKORWA

    Mwifashishije umwandiko n’ubumenyi rusange, nimwungurane ibitekerezo maze musubize ikibazo gikurikira:

    “Ni ubuhe buryo bunyuranye bwo gukumira amakimbirane?”

    IV. 2. Inshinga: Uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga

    5.2.1. Uturemajambo tw’inshinga iri mu mbundo n’utw’inshinga itondaguye

    IGIKORWA

    Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye, hanyuma ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo magambo maze ukore ubushakashatsi, utahure inshoza y’ uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga iri mu mbundo n’uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga itondaguye.

    a)  Amakimbirane ashobora kuvuka bitewe n’imiyoborere mibi.

    b)  Duhange imishinga, turwanye amakimbirane.

    c)  Nitubana mu mahoro, tuzagera ku iterambere rirambye.

    1.    Uturemajambo tw’inshinga iri mu mbundo

    Uturemajambo fatizo tw’inshinga iri mu mbundo ni dutatu :

    –      Indanganshinga (Rsh)

    –      Umuzi (z)

    –      Umusozo (sz)

    Urugero:

    Gukora: ku-kor-a k→g/-GR

    ku-: Indanganshinga -kor-: umuzi -a: umusozo

    Ikitonderwa:

    Inshinga iri mu mbundo ishobora kugira:

     a)  Indangagihe –za-

    Urugero:

    Kuzakora: ku-za-kor-a

    b)  Impakanyi -ta-

    Ingero :

    –      Kudakora : ku-ta-kor-a t→d/-GR

    –      Kutagenda : ku-ta-gend-a

    c)  Indangacyuzuzo n’ingereka zinyuranye

    Ingero :

    –      Kumukorera: ku-mu-kor-ir-a i→e/-co

    –      Kubakiranura: ku-ba-kir-an-ur-a

    2.   Uturemajambo tw’ inshinga itondaguye

    Inshinga isanzwe itondaguye igira uturemajambo tw’ibanze tune: indanganshinga (RSH),indangagihe (Rgh), umuzi (Z), umusozo (Sz).

    Urugero: arahinga: a-ra-hing-a

    a-: indanganshinga 

    ra-: indangagihe 

    hing-: umuzi

    -a: umusozo

    Utu turemajambo fatizo tuba tugomba kugaragara buri gihe mu nshinga. Iyo hagize akatagaragara gasimbuzwa umubumbabusa (ø)

    Ingero:

    - Akora i Kigali. a-ø-kor-a

    a-: Indanganshinga

    -ø-: indangagihe

    -kor-: umuzi

    -a:

    - Mpa iyo kayi ø -ø –n-ha-a n→m/-h, mh→mp mu myandikire a→ø /-J

    Ø-: Indanganshinga

    -ø: indangagihe

    -ha-: umuzi

    -a: umusozo

    a) Indanganshinga (RSH)

    Indanganshinga ni akaremajambo k’inshinga itondaguye, kerekana ngenga ibereye inshinga ruhamwa. Ni ko kagaragaza isano ruhamwa ifitanye n’inshinga. Aka karemajambo kaba gahagarariye ukora igikorwa mu nshinga.
    Indanganshinga ni makumyabiri (20): indanganshinga enye (4) zo muri ngenga ya mbere n’iya kabiri y’ubumwe n’ubwinshi n’indanganshinga cumi n’esheshatu (16) zo muri ngenga ya gatatu, zihagarariye inteko cumi n’esheshatu (16).

    Ikitonderwa:

    a)  Indanganshinga ya ngenga ya mbere ikoreshwa iyo umuntu yivuga ubwe cyangwa abantu bivuga ubwabo.

    b)  Ngenga ya kabiri ikoreshwa iyo umuntu abwira undi cyangwa abandi.

    c)   Ngenga ya gatatu ikoreshwa iyo umuntu avuga undi cyangwa abandi, ikindi cyangwa ibindi bintu, ikaba yisanisha mu nteko 16.

    d) Mu nteko ya 12 n’iya 14 hari indanganshinga ariko mu by’ukuri zidasimbura ijambo ryo muri izo nteko.

    Urugero: karabaye, karahanyuze, burakeye...

    b)  Indangagihe (Rgh)

    Indangagihe ni akaremajambo gakurikira indanganshinga, kakagaragaza igihe inshinga itondaguwemo. Indangagihe ni: -ø-: iranga indagihe, -za-: iranga inzagihe na -a-(â, aa): igaragaza impitagihe

    Ingero:

    –      Agenda: a- ø-gend-a

    –      Azagenda: a-za-gend-a

    –      Yagiye: (uyu munsi) a-a-gi-ye, (ejo) a-a-gi-ye, (wa mwana) a-aa-gi-ye a→y /-J

    Iyo indangagihe itagaragaye mu nshinga, isimbuzwa -ø- kubera ko indangagihe ari akaremajambo fatizo k’inshinga itondaguye.

    Usibye izi ngenantego ndangagihe, hari utundi turemajambbo dushobora kugaragara mu nshinga dufite ibindi bisobanuro binyuranye nko guhakana, kugaragaza igikorwa gikomeza, kugaragaza ibikorwa bikurikirana …

    Ingero

    -ta- : utagenda

    -ki- : akigenda

    -o-ka- : wokagenda

    -ra-: aragenda

    -na-: anagenda

    -i-ku-: wikwanga

    -ka-: akagenda

    -i-: wigenda

    -e-ku-: yekwiba

    -ka-na-: akanagenda

    -ra-ki-a-: aracyagenda
    Ikitonderwa:

    – Utwo turemajambo dushobora guhurira mu nshinga imwe ku buryo butandukanye.

    Urugero:

    Utazagenda: u-ta-za-gend-a,

     Ataragenda: a-ta-ra-gend-a

    Aracyanagenda: a-ra-ki-a-na-gend-a

    –  Uturemajambo –i-,  -ta-, -e-ku-,  -i-ku- zifite  inyito yo  guhakana mu nshinga.

    –  Akaremajambo -na- ni akaremajambo k’inyibutsacyungo mu nshinga kunga ibikorwa bibiri.

    Urugero: Barabiterura baranabijyana.

    b) Umuzi (z)

    Umuzi ni akaremajambo shingiro k’ijambo rikenera umusozo. Ni wo shingiro ry’inyito y’ijambo. Umuzi ushobora kuba wihagije cyangwa utihagije. Umuzi wihagije ni ushobora gukoreshwa udakurikiwe n’ingereka kugira ngo inyito yawo ibone kuzura. Umuzi utihagije ni ugomba gukenera ingereka kugira ngo inyito yawo ibone kuzura. Ni bene uwo muzi bita intima. Iyo mizi itihagije tuzayibona nidusesengura akaremajambo kitwa ingereka mu turemajambo tw’inyongera.

    Kugira ngo ubone umuzi w’inshinga ifite imigemo irenze ibiri, utondagura

    inshinga mu buryo bw’integeko ugakuraho umusozo.

    Ingero:

    gukora: kor-a 

    guteka; tek-a 

    kwiga: ig-a…

    Ikitonderwa:

    Hari inshinga cumi n’esheshatu (16) zifite imizi y’imvugwarimwe. Iyo bene izo nshinga zishakirwa imizi, bazitondagura mu mpitakare muri ngenga ya gatatu y’ubumwe, bagakuraho indangagihe n’umusozo – ye.

    Izo nshinga ni izi zikurikira:

    f

    d

    – Hari inshinga zifite imigemo ibiri ariko zikora nk’inshinga zirengeje imigemo ibiri.

    Muri zo twavuga inshinga “gusa” n’inshinga “kuza”. Umuzi w’inshinga gusa ni

    –s igira impindurantego ya -shush- naho umuzi w’inshinga kuza ni -z-.

     Ingero:

    Uze vuba: u-ø-z-e

    Asa na se : a-ø-s-a

    d)  Umusozo

    Umusozo w’inshinga ni akaremajambo gasoza inshinga kakagaragaza irebero ryayo.

    Nkuko twabibonye mu itondaguranshinga, irebero rivuga imitindire y’igikorwa, imikorerwe cyangwa imirangirire yacyo. Imisozo y’inshinga imwe igaragaza irebero nkomeza, indi ikagaragaza irebero nshize.

    –       Imisozo igaragaza irebero nshize

    Iyo misozo ni –e na –ye. Iyi misozo igaragaza igikorwa cyarangiye cyangwa ikigomba kurangira.

    Umusozo -e

    Umusozo -e ukunze kugaragara cyane mu ntegeko no mu nziganyo.

    Ingero:

    Mukore: mu-ø-kor-

    Mvuge: n-ø-vug-e (n→m/-v) 

    Nige: n-ø-ig-e

    Azagende: a-za-gend-e
    Atahe: a-ø-tah-e

    IMYITOZO

    1.   Uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga itondaguye ni tungahe? Tuvuge.

    2.    Vuga amoko y’imisozo n’ibikorwa igaragaza mu nshinga.

    3.    Sesengura inshinga zitsindagiye ziri mu nteruro zikurikira ugaragaza amazina y’uturemajambo.

    a)   Umurisa yashakaga kunga ababyeyi be n’umuturanyi wabo mu buryo bwo kwirinda amakimbirane.

    b)  Kaneza yasobanuje nyina ibyerekeranye n’ ubumwe n’ubwiyunge.

    c)  Urubyiruko rwize uburyo bwo guhosha amakimbirane.

    d)  Kutavuga ukuri byakuruye amakimbirane mu rungo rwabo.

    4.2.2. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku nshiga

    IGIKORWA

    Soma interuro zikurikira maze ugaragaze uturemajambo tw’inshinga zitsindagiye. Umaze kubona uturemajambo, tahura amategeko y’igenamajwi yakoreshejwe kugira ngo tugire inshinga nk’uko tuyifite. Herakuri ayomategeko y’igenamajwi maze ukore ubushakashatsi utahure amategeko y’igenamajwi ajyanye n’umusozo -e, ajyanye n’umusozo -ye, ajyanye n’umusoza -aga n’ ajyanye n’umusozo a.

    a)  Yakoze akazi ke neza.

    b)  Urye ibirayi.

    c)  Mu muco nyarwanda bakwaga inka.

    d)  Kabanyana asya amasaka ku rusyo.

    1. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo “-e”

    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa n’inshinga ni kimwe n’akoreshwa ku bundi bwoko bw’amagambo nk’amazina, ariko hari umwihariko inshinga zigira bitewe n’imisozo yazo.

    Amategeko y’igenamajwi ajyana n’umusozo -e ni ayo ku nshinga zifite imizi y’imvugwarimwe ari zo kuba, guca, kujya, kugwa, guha, gusya, gucya, gukwa, kumwa, kunywa, kunnya, gupfa, kurya, gusya, guta no kuva.

    Amwe mu mategeko y’igenamajwi ajyanye n’umusozo “-e”

    1.  Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo “-ye»

    Umusozo –ye ugaragaza igikorwa cyarangiye, ni na yo mpamvu ugaragara mu nshinga zitondaguye mu mpitagihe (impitakare n’impitakera).

    Ingero:

    Narize: n-a-ra-ig-ye (a→ø/-J, g+y→z)

     Dukoze: tu- ø-kor-ye (t→d/-GR, r+y→z)

     (Inka) yarabiriye: i-a-ra-bi-ri-ye (i→y/-J)

    Amwe mu mategeko y’igenamajwi ajyana n’umusozo “-ye”

    d

    3.  Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo “-a”

    Umusozo a ugaragaza ko igikorwa kigikomeza cyangwa kitaraba ariko kikaba kizaba. Umusozo a ukoreshwa cyane mu ndagihe, mu nyifurizo, mu ntegeko, mu kigombero, mu nziganyo no mu nzagihe.

    Ingero:

    Mvuga: n-ø-vug-a n→m/-v 

    Ndakora: n-ra-kor-a r→d/n-

    Nzakora: n-za-kor-a

    Mpa (ikaye): ø- ø-n-ha-a n→m/-h, mh→mp mu myandikire, a→ø/-J 

    Akivuga: a-ki-vug-a

    Murakarama: mu-ra ka-ram-a

    Nimwiga (muzatsinda): ni-mu- ø-ig-a u→ ø /-J

    Amwe mu mategeko y’igenamajwi ajyana n’umusozo “-a»

    d

    4.    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo “-aga»

    Umusozo aga ugaragaza igikorwa cyakorwaga mu gihe kirekire mu gihe cyashize; ugaragaza akamenyero mu gihe cyahise.

    Ingero:

    Narakoraga: n-a-ra-kor-aga

    Yarigaga: a-a-ra-ig-aga (i→ y/-J, a→ ø/-J) 

    Narasyaga : n-a-ra-se-aga (e→ y/-J) 

    Naravugaga: n-a-ra-vug-aga 

    Narandikaga: n-a-ra-and-ik-aga (a→ ø/-J) 

    Nabonaga: n-a-bon-aga…

    Amwe mu mategeko y’igenamajwi ajyana n’umusozo –aga

    d

    IMYITOZO

    Sesengura inshinga zitsindagiye ziri mu nteruro zikurikira ugaragaza uturemajambo twazo n’amategeko y’igenamajwi.

    a)  Abe inyanngamugayo.

    b)  Kamana yatetse ibiryo byinshi none byanze gushira.

    c)  Abana baryaga ibiryo bifite intungamubiri.

    d)  Tuzage twanga amakimbirane.

    IV.3. Umwandiko: Yahabaye intwari!

    F

    Mahoro ni umwana w’umukobwa uri mu kigero k’imyaka cumi n’ine. Uyu mukobwa afite ubwiza bw’umubiri n’ubwiza bw’umutima. Yubaha abasaza, abakecuru n’abakambwe, ataretse abo aruta n’abamuri imbere mu kigero ke. Mahoro ahora atuje, aho anyuze hose bakavuga ngo: “Dore wa mukobwa wa naka.” Umubyeyi wese ushaka gutanga urugero rw’umukobwa ubereye u Rwanda, avuga Mahoro. Uyu mukobwa yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ni umuhanga kandi ubuhanga bwe abusangiza bagenzi be abafasha kumva amasomo bamwe batasobanukiwe.

    Umunsi umwe atashye avuye ku ishuri, Mahoro ahura n’umuhungu utuye hakurya y’iwabo wigize ikiraramisagara, unywa urumogi n’ibiyoga by’ibikorano kandi w’umunyarugomo bahimbye Goriyati kuko yabyirukanye ikivumba n’imbaraga. Bagihura, Goriyati atangira kumuganiriza.

    Goriyati (asuhuze Mahoro): Komera Maho! Maho…

    Mahoro (yikirize): Komera nawe! Amakuru y’iminsi?

    Goriyati: Ni meza, ariko kwiga byo byanteye ku butaka, ababyeyi barananiye.

    Mahoro: Muvandimwe, nge mbona icyabiguteye ari ukuryoherwa no gukorera amafaranga no gukunda akayoga. Goriya… guta ishuri ni umuziro mu kinyejana

    tugezemo. Utiga ubu azabaho ate? Kera abapfobyaga uburezi baravugaga ngo: “Umurimo ni uguhinga ibindi ni amahirwe!” Ubu nta masambu, nta zahabu zindi dufite zitari ukugana ishuri, tukiga dushishikaye.

    Goriyati: Wowe urivugira ntuzi ibibazo nahuye na byo! Iwacu baranywa bagasinda bakarara barwana bwacya bakambuza kujya kwiga, bakanyima n’ibikoresho by’ishuri. None nahisemo kurireka. Nge nzashakisha ubundi buzima, ibyo kwiga ashwi! Ahubwo reka twigire mu bindi.

    Mahoro: Ibindi bihe se ko iki kiganiro cyari ingenzi, waretse ngakomeza kuguhanura.

    Goriyati: Reka mwana! Sinakomeza kuganira nawe ntabanje kukubwira uko nakubonye. Uri ihoho, uri ihogoza… Burya iyo ugenda, abo unyuzeho bose bagira amerwe bifuza kukumira bunguri! Abenshi bakuziho kuribora kugera aho ubugondo bugera ingwe. Ikindi, dore watangiye gusesa uruheri mu maso kandi nta muganga wundi waguha urukingo cyangwa umuti uretse nge!

    Mahoro: Mwana wa mama, niba ugenzwa n’ayo magambo yuzuyemo uburyarya n’ubutamenya, nta cyo bizakugezaho. Iby’ibiheri mfite mu maso, ikibitera ndakizi ni imihindagurikire y’umubiri w’umuntu; twabyize mu isomo ry’Ibinyabuzima. Naho ubwiza uvuga ntibunaribwa, kandi wanahiriwe ukagira ubwo bwiza, ntiwakwigira indakoreka cyangwa ngo wishinge abadafite ibitekerezo byubaka n’umurongo w’ikerekezo kiza k’ejo hazaza.

    Goriyati (yegere gato Mahoro): Nge ibyo by’ibyerekezo sinzi iyo bigana, ahubwo reka nkubwire. (ase numwegera, amwongorere) Nakwifuje kuva kera none ndagira ngo ungerere ku ngingo disi hogoza ryange!

    Mahoro (ase n’ukutse umutima, yirase ajya imbere nk’umwambi atabaze): Murantabare mwokagira Imana mwe, murankize iki kirara! (Mahoro afumyemo, umuhungu amwome inyuma, uwo mwana w’umukobwa yigire imbere ahure n’abaporisi bari mu kazi ko gucunga umutekano, bamutangire, bamusobanuze impamvu yiruka amasigamana.)

    Abaporisi (base n’abikanze gato): Eee! Mukobwa, genda buhoro, hagarara, shyitsa umutima hamwe, tuza tukubwire.

    Mahoro (akijya gutangira kuvuga, abone cya kirara ngicyo, avugane ijwi rirenga): Dore unyirukankana, muramenye atabacika!

    Abaporisi: Eee! Hagarara sha!

    Mahoro: Ahuuu! Nari mfuye, murakoze rwose. Uyu muhungu yashakaga kumfata ku ngufu.

    Abaporisi: None se sha, iyi ngeso wayize ryari? Wa muhungu we ntuzi ko ibintu birebana n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose bihanirwa?

    Goriyati: Ndabinginze bantu b’Imana, kandi ndasaba imbabazi mbikuye ku mutima, sinzongera kuyoborwa na Shitani wanyoheje uyu munsi. (Ba baporisi bahite bashaka umukuru w’umudugudu, bakoranye abaturage, bakorane na bo inama y’igitaraganya.)

    Umuporisi: Baturage b’Umudugudu wa Butangampundu, tuzi ko muri inyangamugayo ndetse n’igihe cyose tumaranye twashimaga ikinyabupfura mwatoje abana banyu, none nimutubwire, ibirura nka Goriyati uyu ni mwe bivukamo?

    Umuturage: (ahaguruke asubize): Uwo ni mwene Nyarudindiri wo hakurya hano, turamuzi, n’ababyeyi b’uyu muhungu si shyashya. Imyitwarire n’imibanire mibi byabo ni byo bimutera kwishora mu bikorwa by’urugomo.

    Umuporisi: Baturage, mumenye ko ihohoterwa ari ibikorwa cyangwa imyitwarire bigamije kugirira umuntu nabi byaba ibishingiye ku gitsina, ku bitekerezo (guhoza ku nkeke) no ku mutungo. Ikiremwa muntu kigomba kubahwa, buri muntu agahabwa agaciro. Muri iki kinyejana cy’umuvuduko w’ikoranabuhanga n’iterambere, abari bakimitse ya mvugo ngo: “Igitsina gore ni insina ngufi”, bayicikeho.

    Goriyati: (avuge atakamba, asabe imbabazi): Imbere y’iyi mbaga, ndatakamba nsaba imbabazi Mahoro namwe babyeyi. Ingeso nk’iyo nari ngiye gukinisha mpohotera Mahoro, niyemeje kutazongera guhirahira nyisubira.

    Umuporisi: Baturage, gusaba imbabazi birakwiye, reka tubyemere, ariko se uzisabwa we ntitwamutega amatwi? (Umuporisi abaze Mahoro) Maho, ushobora kubabarira Goriyati?

    Mahoro: (Atwenge): Ndamubabariye, ntazongere gushaka gukoza isoni uwitwa igitsina gore ndetse n’undi wese, kandi bibe ubwa mbere n’ubwa nyuma.

    Umuturage: (Bavugire rimwe ari benshi): Ugaruye ubumuntu sha! Kuba usabye imbabazi ni ubutwari, uramenye ntuzongere nyagucwa ibintu byarahindutse! Mahoro nawe, igihe cyose ubonye uwashaka kuguhohotera, ntugomba kubiceceka; byaba ngombwa bikabwirwa inzego z’ubuyobozi zibishinzwe, icyaha kigahanwa hakurikijwe uko amategeko abiteganya.

    Umuporisi: (Basoze inama): Baturage, turabibutsa ko Abanyarwanda twese aho tuva tukagera, tugomba kurangwa n’umuco mwiza w’amahoro. Uwo mubonye ahirahira kugira uwo ahohotera, mugatangira amakuru ku gihe. Mugomba kwatura, mukabimenyesha inzego zibishinzwe amazi atararenga inkombe. Ni ngombwa kandi kwirinda ibiyobyabwenge no gukura abana mu ishuri, mukirinda amakimbirane kuko ari bimwe mu bitera ihohoterwa. Nimugire amahoro kandi muyasohoze n’imuhira, murakoze. (Bose bishimye basezeraneho batahe..)

     4.3.1. Gusoma no gusobanura umwandiko

    IGIKORWA

    Soma umwandiko “Yahabaye intwari”, ushakemo amagambo udasobanukiwe, hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashishije inkoranyamagambo.

    IMYITOZO

    1.  Simbuza amagambo atsindagiye ari muri izi nteruro andi bihuje inyito dusanga mu mwandiko.

    a)  Ubwangavu bwateye Mahoro gusesa ibishishi mu maso.

    b)  Mahoro yashakaga gukomeza kugira inama Goriyati.

    c)  Yewe! Kwiga bisa n’aho byananiye burundu.

    d)  Mahoro yatabazaga ahamagara abaturage ntibamwumva vuba.

    e)  Uyu muvandimwe umira adakanjakanje afite ikibazo cy’amenyo.

    2.   Uzurisha izi nteruro amagambo ukuye mu mwandiko

    a)  Uwariboye cyane bavuga ko yariboye kugera......

    b)  Iyo bashaka kuvuga umuntu w’ihoho, mwiza cyane bavuga ko ari.......

    c)  Iyo umuntu agiye gusagarirwa afatwa ku ngufu bavuga ko agiye gukorerwa ihohoterwa.......

    4.3.2.  Gusoma no kumva

    IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Yahabaye intwari”, hanyuma usubize ibibazo byabajijweho.

    1.          Tanga impamvu yatumye Goriyati ata ishuri.

    2.          Amagambo Goriyati abwira Mahoro ko ari wo muti w’ibishishi afite ishingiro? Sobanura.

    3.          Ni iki kerekana ko Mahoro ari umukobwa wihagazeho mu ishuri no mu muryango nyarwanda?

    4.          Sobanura ihohoterwa icyo ari cyo, unagaragaze ibiritera bivugwa mu mwandiko.

    5.          Muri rusange, abaporisi bafite izihe nshingano?

    6.          Erekana igikorwa kibi Goriyati yakoze uvuge n’ikindi kiza yaje gukora nyuma.

    4.3.3.  Gusoma no gusesengura umwandiko

    IGIKORWA

    Ongera usome umwandiko “Yahabaye intwari”, hanyuma usubize ibibazo byabajijweho.

    1.          Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa mu mwandiko?

    2.          Tanga ingingo z’ingenzi n’iz‘ingereka usanga mu mwandiko.

    3.          Sobanura   uburyo    Goriyati    atari    asobanukiwe    neza    n’ubuzima bw’imyororokere.

    4.          Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?

    IV.3.  Inshinga : Uturemajambo tw’inshinga twungirije

    4.3.1. Akano, impakanyi n’indangacyuzuzo

    IGIKORWA

    Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye hanyuma ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo magambo maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza n’ubwoko by’uturemajambo tw’inshinga twugirije ni ukuvuga uturemajambo tutari indanganshinga, indangagihe, umuzi n’umusozo. Sobanura utwo turemajambo, utanga ingero z’inshinga turimo.

    a)  Nimumushyire ibitabo by’inkuru ndende kuko akunda kubisoma.

    b)  Ntidukore nabi mutabura ibihembo byanyu.

    1.  Inshoza y’uturemajambo twungirije

    Uturemajambo twungirije ni uturemajambo dushobora kugaragara mu nshinga iyo bibaye ngombwa kugira ngo tuyihindurire inyito. Bene utwo turemajambo iyo tutagaragaye ntidusimbuzwa ø.

    2. Ubwoko bw’uturemajambo twungirije

    Uturemajambo twungirije ni akano, impakanyi, indangacyuzuzo n’ingereka.

    Muri iri somo turibada ku kano, ku mpakanyi no ku ndangacyuzuzo.

    a)  Akano (KN/TN)

    Akano ni akaremajambo kaza imbere y’indanganshinga. Hari bamwe bakita mbanza, imbanzirizangenga, imbimburiranteko, interuranteko cyangwa inyomekwambere. Izi nyito zose zihuriye ku kuba zerekana ko aka karemajambo gafata umwanya w’imbere. Utuno rero turimo amoko atatu: akaziganya, agategeka (ni) n’agahakana (si na nti).

    - Akano ni- (akano kaziganya kakanategeka)

    Akano ni- gakoreshwa iyo bateganya (kagira isaku nyejuru) cyangwa bategeka (kagira isaku nyesi).

    Nibasora : ni-ba-ø-sor-a ( akano ni kaziganya) Nubabona : ni-u-ø-ba-bon-a i→ø/-J; ( akano ni kaziganya) Nimubikore : ni-mu-ø-bi-kor-e ( akano ni gategeka)

    Ikitonderwa : «ni» y’akano itandukanye na «ni» y’inshinga nkene.

    – Akano si- (akano gahakana)

    Akano si- gakora muri ngenga ya mbere y’ubumwe mu guhakana.

     Ingero :

    Sinumva : si-n-ø-umv-a

    Sinzakwa (iriya shashi) : si-n-za-ko-a o→w/-J

    –    Akano nti- (akano gahakana)

    Akano nti: gakoreshwa mu guhakana muri ngenga zose usibye iya mbere y’ubumwe.

     Ingero:

    –      Ntimwariye: nti-mu-a-ri-ye u→w/-J

    –      Ntituziba (imisoro): nti-tu-za-ib-a a→ø/-J;

    Ntuzirengagize (amahoro): nti-u-za-ii-reng-ag-ir-y-e i→ø/-J; a→ø/-J; r+y→z

    b)  Impakanyi (imp.)

    Impakanyi ni akaremajambo gahakana ingingo ibumbiye mu nshinga. Impakanyi ni –ta-, -i- na –i-ku-.

    –  Impakanyi -ta-

    Impakanyi –ta- ni yo ikoreshwa muri rusange.

    Ingero:

    –      Kutiga (ni bibi): ku-ta-ig-a a→ Ø/-J

    –      Nimudakorana (umwete muzagawa): ni-mu-ta-Ø-kor-an-a t→d/-GR

    Impakanyi -i-

    Impakannyi -i- ikoreshwa mu ntegeko ihakana ari yo bita intarengwa.

    Impakanyi -i- ikoreshwa iyo umuzi w’inshinga utangiwe n’ingombajwi.

    Ingero:

    –      Wikinira (umupira mu busitani): u-i-Ø-kin-ir-a u→w/-J

    –      Mwivuga (ururimi tutumva): mu-i-Ø-vug-a u→w/-J

    Impakanyi -i- igira impindurantego -i-ku- ikoreshwa iyo umuzi w’inshinga utangiwe n’inyajwi.

    Ingero:

    –      Wikwandika (amakosa): u-i-ku-Ø-andik-a , u→w/-J

    –      Mwikwambara (imyenda y’ishuri mutoze): mu-i-ku-Ø-amb-ar-a, u→w/-J

    –      Ikitonderwa: Mu rwego rw’uturemajambo nti na si ni mbanza si impakanyi.

    c) Indangacyuzuzo/ Inyibutsacyuzuzo/ Indangasano y’icyuzuzo (RUZ/RSUZ)
    Indangacyuzuzo ni akaremajambo kajya mu nshinga kagasimbura kandi kakibutsa icyuzuzo k’iyo nshinga. Kibutsa ngenga cyangwa inteko by’ijambo ribereye inshinga icyuzuzo. Indangacyuzuzo ziri ukubiri: hari indangacyuzuzo zisanzwe n’indangacyuzuzo ngaruka.

    –       Indangacyuzuzo zisanzwe:

    Indangacyuzuzo zisanzwe ziboneka muri ngenga zose no mu nteko cumi n’esheshatu.

    Imbonerahamwe y’indangacyuzuzo zisanzwe

    d

    d

    e

    –      Indangacyuzuzo ngaruka

    Indangacyuzuzo ngaruka ni –ii- na -iy-. Indangacyuzuzo ngaruka -ii- ikorana n’inshinga zifite imizi itangirwa n’ingombajwi. Indangacyuzuzo ngaruka -iy- ikorana n’inshinga zifite imizi itangirwa n’inyajwi.

    Ingero z’inshinga zikoreshejwemo indangacyuzuzo ngaruka –ii- na -iy-

    d

    UMWITOZO

    Garagaza   intego  z’inshinga  zitsindagiye n’amategeko y’igenamajwi.

    a)  Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.

    b)  Wituma ibyo bikoresho mu mahanga kuko mu Rwanda tubikora.

    c)  Nuhura na Petero uzanabimwibutse.

    d)  Uzahagere bidatinze.

    Ndishimye kuko uri kumwe n’umugabo ukomeye


    4.3.2. Ingereka (GRK)

    IGIKORWA

    Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye hanyuma ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo magambo maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza n’ubwoko bw’ingereka zikorana n’inshinga.

    a)  Twakoranaga umurava tukiri bato.

    b)  Ntimwihingire nabi mutarumbya.

    c)   Amakimbirane yo mu muryango aterwa no kudashyira imbere ibiganiro.

    d)  Ntimutererane ababagana bifuza ko mubagira inama.

    Inshoza y’ingereka

    Ingereka ni akaremajambo kajya hagati y’umuzi n’umusozo by’inshinga kakayizanira ingingo nshya. Iyo umuzi wiyunze n’ingereka bibyara igicumbi gishya kikitwa intima.

    Ingereka zirimo ibyiciro bibiri: Ingereka zihora zibanziriza izindi n’ingereka zifata umwanya ubonetse wose.

    a)  Ingereka zihora zibanziriza izindi

    –    Ingereka nsubira

    Izi ngereka ziha inshinga inshoza y’igikorwa kisubiramo inshuro zirenze imwe.

     Ingereka nsubira n’ingero z’inshinga:

    f

    –       Ingereka ngirura/ ngiruka

    Ingereka ngirura ni ingereka iha inshinga inyito ibusana n’ibumbatiwe n’umuzi.

     Ingereka ngirura/ngiruka n’ingero z’inshinga:


     d

    –  Ingereka z’inyabune

    Ingereka z’inyabune ni uturemajambo dukunda kugendana ari tune akenshi tukiyomeka ku muzi utihagije (udafite inyito yumvikana) tukawuha inyito. Ingereka z’inyabune zishobora gusimburana ari enye, eshatu cyangwa ebyiri.

    Imwe mu mizi itihagije ikoresha ingereka z’inyabune ni iyi ikurikira: -han-,

    -ramb-, -hir- -ter-, -cuk-, -hag-; -bamb-; -eg-; -jand-; -gar-; -ub-; -heng-...

     Ingero z’imizi itihagije n’ingereka z’inyabune

    d

    Ingereka ngirika

    Ingereka ngirika ivuga ko igikorwa kibumbatiwe n’igicumbi k’inshinga gishoboka cyangwa se kitaruhanyije kugerwaho.

     Ingereka ngirika n’ingero z’inshinga

    d

    b)   Ingereka zifata umwanya ubonetse wose.

    –    Ingereka ingirana: -an-

    Ingereka ngirana -an- ifite ingingo y’ibanze yo gukorera icyarimwe.

    Ingero:

    Gukundana: ku-kund-an -a Gukorana: ku-kor-an-a k→ g/-GR

    –  Ingereka ngirira: -ir-

    Ingereka ngirira -ir- ifite ingingo y’ibanze yo gukora mu mwanya w’undi.

    Ingero:

    Gukinira: ku-kin-ir-a k→ g/-GR Gukorera: ku-kor-ir-a k→ g/-GR i→ e/Co-

    –    Ingereka ngirisha: -ish-/-sh-

    Ingereka ngirisha -ish-/-sh- igira inyito y’ibanze yo kwifashisha ikintu ukora ikindi.

    Ingerka -sh- ikorana gusa n’imizi y’imvugwarimwe mu gihe ingereka -ish- ikorana n’imizi isanzwe.

    Ingero:

    Guhingisha: ku-hing-ish-a k→ g/-GR Gukosha: ku-ko-sh-a k→g/-GR

    –    Ingereka ngiza: -y-

    Ingereka ngiza -y- igira inshoza y’ibanze yo gutera ikintu kubaho cyangwa kugitegeka.

    Ingero:

    Gukubuza: ku-kub-ur-y-a r+y→ z k→ g/-GR Kubyaza: ku-byar-y-a r+y→ z k→ g/-GR

    –    Ingereka ngirwa: -w-/-bw-

    Ingereka ngirwa yerekeza amaherezo y’igikorwa kuri ruhamwa aho kuyerekeza ku cyuzuzo.

    Ingereka -bw- ikorana n’imizi y’imvugwarimwe mu gihe ingereka -w- ikorana n’imizi isanzwe.

    Ingero:

    Gukubitwa: ku-kubit-w-a k→ g/-GR 

    Kwigwa: ku-ig-w-a u→ w/-J 

    Gukobwa: ku-ko-bw-a k→ g/-GR

    Gutabwa: ku-ta-bw-a k→ g/-GR

    IMYITOZO

    1. Tahura inshinga ziri mu nteruro zikurikira, ugaragaze intego zazo n’amategeko y’igenamajwi.

    a)  Muzamumbwirire rwose ntazampemukire.

    c)  Wikwikorera ibyo bintu byose utavunika.

    d)  Witumiza ibintu mu mahanga.

    e)  Nubona na Kabanyana uzanabimwibutse. f) Uzahampingishirize bidatinze.

    2. Kora interuro irimo inshinga itondaguye igaragamo uturemajambo twose uko ari umunani. Sesengura iyo nshinga ugaragaze uturemajambo twayo maze uvuge amazina yatwo.

    IV.3. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri

    Ugendeye ku mabwiriza agenga ihangamwandiko, hanga umwandiko ntekerezo w’imrongo mirongo itatu, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Gukumira amakimbirane ni imwe mu ngamba zo kugera ku iterambere rirambye”

    d

    IV.4. Isuzuma risoza umutwe wa kane
    Umwandiko: Gukumira no kurwanya jenoside

    Iri jambo “jenoside” ryakoreshejwe bwa mbere mu 1944, igihe habaga amarorerwa yibasiye Abayahudi i Burayi. Jenoside rero ryahawe ubwicanyi ndengakamere bugamije kurimbura imbaga y’abantu bafite icyo bahuriyeho gishobora kuba: ubwoko, idini, akarere, isura, ibara ry’uruhu, igitsina, ubwenegihugu, inkomoko, ururimi, ibitekerezo bya poritiki n’ibindi. Hashyirwa mu bikorwa umugambi uba warateguwe. Icyo cyaha kidasanzwe cyashyizwe mu mategeko mpuzamahanga mu 1948, nk’icyaha gitandukanywa n’ibindi byaha by’ubwicanyi kubera umugambi n’ubushake bwo kurimbura abantu bazira icyo bari cyo. Jenoside itegurwa na Leta kuko ari yo yonyine ifite uburyo n’ubushobozi bwo gufata ikemezo cyo kurimbura itsinda ry’abantu. Mu bihe bisanzwe, uwafata icyo kemezo Leta itabishyigikiye yamuhagarika, ikarengera abaturage ishinzwe kurinda. Jenoside ni icyaha kidasaza, gihanirwa aho ari ho hose ku isi. Umuntu yakwibaza ati: “Jenoside ishoboka ite? Ni izihe ngamba zafatwa mu kuyikumira no kuyirwanya?”

    Hari abashakashatsi banyuranye banditse kuri jenoside, ariko hano turavuga ku mushakashatsi Geregori Sintato (Gregory Stanton). Mu gitabo ke yise “What is genocide?”, umushakashatsi ku bumenyi bwa jenoside n’uburyo bwo kuyirwanya, Geregori Sintato (Gregory Stanton) ukomoka muri Amerika, ni we washyize ahagaragara intambwe zinyuranye jenoside inyuzwamo kugira ngo ishoboke. Ni ngombwa kumenya ibiranga buri ntambwe kugira ngo umenye uko wayikumira n’uko wayirwanya.


    Mbere ya byose, abategura jenoside batandukanya abaturage, bakabacamo íbice bibiri «Twe» na «Bo» bagendeye ku bwenegihugu, ubwoko, inkomoko cyangwa imyemerere. Muri iki gikorwa, abategura jenoside bagerageza kumvisha abaturage ko kubacamo ibice nta cyo bitwaye kandi ko nta ngaruka bifite. Ariko mu by’ukuri bo baba bazi impamvu yabyo n’icyo bashaka kuzageraho.

    Nyuma yo gucamo abaturage ibice, buri tsinda rihabwa izina ryihariye, rikagenderwaho babatandukanya n’abandi badahuje itsinda. Ibi bigashimangirwa n’inyigisho z’urwango zirushaho gutandukanya amatsinda yombi, kugeza ubwo itsinda ryibasiwe, rifatwa nk’umwanzi mu muryango ribarizwamo.

    Nyuma yo gutandukanya amatsinda no kuyaha amazina yihariye kuri buri tsinda, itsinda ryibasiwe ritangira kwamburwa ubumuntu, abarigize bakagereranywa n’ibikoko.

    Ku rwego rwa kane, abategura jenoside barangwa n’ibikorwa bitandukanye bitegura ishyirwa mu bikorwa ryayo. Hategurwa, hakanigishwa abazayikora, hagashakwa ibikoresho bizifashishwa.

    Ku rwego rwa gatanu, abategura jenoside batangira kwibasira abatagira aho babogamiye, batabyumva kimwe na bo; kugira ngo bitazababuza gushyira mu bikorwa umugambi wabo wa jenoside.

    Hakurikiraho kugaragaza abagomba kwicwa, hagakorwa urutonde rwabo. Nyuma yo gukora urutonde rw’abagomba kwicwa, hakurikiraho kubica hagamijwe kumaraho abagize itsinda runaka.

    Nyuma yo gushyira mu bikorwa jenoside, iteka abayikoze ntibaba bemera ibyaha bakoze. Nibwo usanga barangwa no guhakana ibyabaye, bagahisha ukuri, bakibasira abatangabuhamya n’ibindi byose, bagamije kuburizamo ibimenyetso bituma umugambi wabo umenyekana n’uburyo wateguwe.

    Kugira urukundo rwa mugenzi wawe no kumva ko abantu ari ibiremwa by’Imana ni yo ntwaro ya mbere yo kwirinda no gukumira jenoside. Ni ngombwa kwamagana ubuyobozi bucamo abaturage ibice bubumvisha ko atari bamwe. Mu mategeko ahana ya buri gihugu, hakwiye gushyirwamo itegeko rihana umuntu wambura mugenzi we ubumuntu amwitiranya n’inyamaswa cyangwa amuha andi mazina agamije kumutesha agaciro. Abayobozi b’igihugu n’ab’imiryango mpuzamahanga bakwiye kwamagana no guhana ababiba inzangano n’amacakubiri, babicishije mu biganiro mbwirwaruhame no mu bundi buryo bunyuranye bw’isakazamakuru.

    Mu kurwanya jenoside, Umuryango w’Abibumbye “UN” ugomba gukumira igurwa ry’intwaro ku bihugu no ku baturage bagaragaweho umugambi

    mubisha wa jenoside, bakanafatirwa ibihano mpuzamahanga. Ni ngombwa kandi gutangaza ibihugu byagaragaweho itegurwa rya jenoside no gushyiraho ingabo mpuzamahanga zo gutabara mu maguru mashya abibasiwe na jenoside. Birakwiye kandi guca umuco wo kudahana, abakoze jenoside bagacirwa imanza aho baba baherereye hose.

    Muri make, uruhare rwa buri muntu mu gukumira no kurwanya jenoside, ni ukwamagana abagifite ingengabitekerezo ya jenoside no guhana abayitsimbarayeho.

    Kurangwa n’imitekerereze, imyumvire, imikorere n’imyitwarire izira ivangura iryo ari ryo ryose mu bikorwa bya buri munsi, twubahiriza uburenganzira bwa muntu bwo kubaho, kumvwa no gukemurirwa ibibazo no kwemera ibitekerezo bitandukanye.

    Ni ngombwa kandi gutoza abana n’abo tubana kubahiriza uburenganzira bw’abandi no kwirinda ivangura n’amacakubiri aho ava akagera.

    Bifatiye ku bya Geregori Sintato (Gregory Stanton), 1944, What is genocide?

    I.  Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko

    1.          Jenoside ni iki?

    2.          Intambwe jenoside inyuramo kugira ngo igerweho ni zingahe? Zivuge uzikurikiranyije.

    3.          Vuga nibura uburyo butatu bwo gukumira jenoside bugaragara mu mwandiko.

    4.          Ni iyihe nama wagira buri muntu mu rwego rwo kwirinda no kurwanya jenoside?

    5.          Garagaza uburyo bunyuranye bwo gukumira no kurwanya jenoside butavuzwe mu mwandiko.

    6.          Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko.

    II.   Ibibazo by’inyunguramagambo
    1.     Sobanura amagambo akurikira:

    a)  Ubumuntu

    b)  Guta agaciro

    c)  Umugambi mubisha

    d)  Guhana umugambi

    2.  Koresha amagambo akurikira mu nteruro ku buryo wumvikanisha icyo asobanura: ubumuntu, kwibasira, agaciro.
    3.  Simbuza   amagambo   atsindagiye   impuzanyito   zayo   ziri    mu mwandiko.

    a) Ni ngombwa gutabara abantu bibasiwe na jenoside bidatinze.

    b) Mudacogora yaboneranywe n’abajura.

    III.  Ikibonezamvugo

    1.   Inshinga isanzwe itondaguye igira uturemajambo tw’ibanze tungahe? Tuvuge.

    2.  Erekana   uturemajambo   twungirije    inshinga   igira?    Ese   inshinga itondaguye igira uturemajambo tungahe? Andika amazina yatwo.

    3.   Hari ubwoko bungahe bw’ingereka mu nshinga itondaguye?

    4.   Sesengura inshinga itondaguye ugaragaza amazina y’uturemajambo n’amategeko y’igenamajwi yakoreshejwe.

    a)  Kamanzi ati: “Mu bucuruzi bwange, nkoresha abantu benshi”.

    b)  Ese Petero arakishonjesha iyo bamubwiye kujya mu mirimo isaba ingufu

    c)  Za ngabo zaracumbukuye, ubu zigeze hakurya ya Nyabarongo.

    d)  Kera Abanyarwanda bamesheshaga imigwegwe. Ese ubu baracyakora batyo?

























     


















































     






















































    UMUTWE WA 3 UBUZIMA BW’IMYOROROKEREUMUTWE WA 5 KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJE