• UMUTWE 4: KUBAKA UMUCO W’AMAHORO

    UBUSHOBOZI BW’INGENZI BUGAMIJWE

    -Gusesengura umwandiko ku ntandaro n’ingaruka z’amakimbirane 
    agaragaza ingingo ry’ingenzi ziwukubiyemo. 

     -Gusesengura inshinga agaragaza intêgo n’amategeko y’igenamajwi.

     IGIKORWA CY’UMWINJIZO
     Ushingiye ku bumenyi bwawe bwite, sobanura amakimbirane icyo ari 
    cyo, uko avuka,  ingaruka zayo n’abagira uruhare mu kuyakumira no 

    kuyakemura.

    IV.1. Umwandiko: Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane


     Abahanga basobanura neza ko amakimbirane ari ibintu bigonganisha abantu 
    babiri cyangwa benshi bikomotse ku bibazo cyangwa se ku mpamvu zinyuranye.
     
    Amakimbirane ashobora kuvuka bitewe n’imiyoborere idahwitse, amacakubiri 

    hagati y’imbaga y’abantu, imyumvire ya poritiki idahuye n’ibitekerezo 
    by’abandi, kutizerana mu ngo cyangwa mu miryango. Byagiye bigaragara 
    ko ubunebwe, ubukene, ubujiji, inda nini na ruswa bishobora na byo kuba 
    intandaro y’amakimbirane. Imiturire mibi, ihohoterwa rya bamwe, abana 
    batiga na bo bashobora kuba intandaro y’amakimbirane…

    Amakimbirane agira uko akemurwa. Ahari abagabo ntihapfa abandi. Igihe cyose 

    hagaragaye amakimbirane, ni ngombwa kwihutira kuyakemura agahigama. 
    Ni ngombwa gukemura amakimbirane mu maguru mashya kuko arasenya 
    ntiyubaka.

    Mu gukemura amakimbirane hari iby’ingenzi bigomba kwitabwaho. Mbere 

    na mbere umuhuza mu gukemura amakimbirane agomba kumenya imiterere 
    n’imvano nyakuri y’ayo makimbirane, iyo iki kirangiye ahuza abafitanye 
    amakimbirane akabunga yubahiriza amategeko ariho, ibinaniranye 
    bigashyikirizwa inzego zisumbuye zibifitiye ububasha.

    Amakimbirane adacika, y’akarande arasenya, yangiza byinshi. Igihe cyose abantu 
    batarashobora gusenya inkuta zibatandukanya, zituma badaca iminyururu 
    ibaziritse ngo basenyere umugozi umwe, nta na rimwe bashobora kugera 
    ku majyambere arambye. Abantu bakwiye kuba umusemburo w’amahoro 
    bamwe ku bandi, bakibyaramo umuco uhinduka, uhindukirira abandi, wubaha 
    uburenganzira bw’abandi n’ibyakagombye kubakorerwa.

    Guhohotera bishyirwa mu bintu bishobora gukurura amakimbirane. Uzasanga 

    ihohotera ryigaragariza mu buryo bukurikira: kurwana, gufata ku ngufu, kwica, 
    kubabazanya, gushinyagurirana, gutongana, kubeshya, kunegurana, kujoga, 
    kumwaza, gusuzugura, kwima abandi ijambo, kurimanganya, n’ibindi. Nk’uko 
    bigaragara ihohotera rishobora kuboneka mu bikorwa, mu magambo cyangwa 
    mu myifatire.

    Hari ibigomba kuranga imyitwarire y’ukemura amakimbirane. Uwunga 

    cyangwa uhuza abafitanye ibibazo agomba kutabogama akereka abo ashaka 
    gukiranura ko nta ruhande ahengamiyeho. Agomba kuba ari inyangamugayo, 
    agira ibanga, azi kubika icyo yabwiwe ntakibwire abahisi n’abagenzi. Gutega 
    amatwi no kumva ni ngombwa kuko ukiranura abahanganye agomba 
    kubatega amatwi kugira ngo aze kumenya neza aho umuti w’ikibazo ushobora 
    guturuka, bityo bikamuha uburyo bwo kubayobora no kubona aho yerekeza 
    abakimbiranye. Umuhuza w’abantu bafitanye amakimbirane agomba kumenya 
    kuyobora igikorwa. Ibi ntibivuze gutegekana igitugu cyangwa kubuza abantu 
    kuvuga. Agomba guha umurongo igikorwa kugira ngo bitaba akajagari cyangwa 
    se ngo usange bikunyujije iruhande rw’aho wari gukura igisubizo.

    Kwihangana no kwigomwa, kuba afitiwe ikizere n’impande zishyamiranye 

    kimwe no kumenya kugena igihe gihagije kandi kitarambiranye biri mu biranga 
    imyitwarire y’ukemura amakimbirane.

    Amakimbirane nta kiza cyayo. Ahembera ubwicanyi, abapfa imitungo, imirima 

    n’amasambu bararwana, bamwe bagafungwa imiryango bari bahagarariye 
    igasubira inyuma mu iterambere. Abakoresha amahugu no kwambura 
    abavandimwe babo bitwaje ubukene n’inda nini bisenya Igihugu. Hari kandi 
    ubuhemu bukabije mu bantu; kutishyura uwakugurije, gusenya ingo za 
    rubanda…

    Ibibazo bimwe abaturage bahura na byo ntibibonerwa umuti kubera uruhare 

    abayobozi bamwe na bamwe baba bafite muri ayo makimbirane. Abayobozi 
    bamwe bashyira imbere inyungu zabo bwite aho kwita ku kazi bashinzwe, 
    hari abakoresha ikenewabo cyangwa ikimenyane n’ubucuti, bakirengagiza 
    cyangwa bagatinda gufatira ibyemezo abayobozi barenganya abaturage. Hari 
    n’abayobozi banga kwiteranya cyangwa kutita ku bintu, abashaka kugora no 

    kumvisha abo batavuga rumwe, abarangwaho ubushobozi buke n’abaka ruswa 
    bashaka kubogama, ni ngombwa gukeburwa bakagirwa inama.

    Amakimbirane agira ingaruka ku mutekano no ku bwiyunge. Kugira 

    umutekano ni ukwidagadura mu byawe hamwe n’abawe nawe utabangamira 
    uburenganzira bw’abandi. Ikindi ni uko kugira umutekano bivuze kubona 
    amategeko abereyeho kurenganura abantu bose bafite ibibazo harimo 
    n’amakimbirane. Ikibazo cyari hagati y’abavandimwe iyo kivugutiwe umuti 
    impande zombi zikawunywa ntubasharirire, bakegerana bagasangira nta 
    kiza nk’iki. Kutarenganura abarengana bibyara umwiryane, inzika zikurura 
    gushaka guhora. Akazi k’ubutabera kagaragarira ahangaha. Abahanga bemeza 
    ko demukarasi y’Igihugu kigendera ku mategeko igaragarira mu ishyirwa mu 
    bikorwa ry’ibyo amategeko ateganya.

    Amakimbirane agira ingaruka ku mibereho y’ababaturage no ku bukungu 

    bw’akarere.

    Abaturage bahora mu makimbirane ntibagira igihe cyo gukorera ingo zabo 

    n’Igihugu. Kugirira ikizere abayobozi babo bibaba kure nk’inyenyeri n’ukwezi, 
    bityo bikabadindiza ntibitabire ibikorwa rusange bigamije amajyambere 
    y’Akarere. Igihe ibibazo by’abaturage bidakemuwe, igihe hari umuturage 
    ukirenganywa cyangwa ugikandamizwa, ubukene ntibuzabura mu miryango 

    kandi amajyambere agambiriwe ntazagerwaho.

     4.1.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     IGIKORWA

     Soma umwandiko “Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane” ushakemo 
    amagambo udasobanukiwe hanyuma   uyasobanure ukurikije inyito afite 
    mu mwandiko wifashishije inkoranyamagambo.

    IMYITOZO

     1. Kora interuro ngufi ukoresheje amagambo akurikira: gusiragira, 
    gukimbirana.
     2. Simbuza ijambo (amagambo) ryanditse mu mukara tsiri, irindi 
    bivuga kimwe riri mu mwandiko.
     a) Uru rubanza rwabaye inkomoko y’urwango hagati ya Kamana ni 
    Barigira.
     b)Ejo Kamana yibwe n’agatotsi arasinzira maze abazura bamwiba 
    ibikoresho by’ubwubatsi.
     c) Mukamusoni yahawe inka yo kurera umwana yabyaranye na 
    Rwubusisi

    3. Andika imbusane y’ijambo ryanditse mu mukara tsiri urikuye mu 

    mwandiko:
     a) Uyu ni wa mugabo wahisemo kwitwa bihemu.
     b) Ibi byabaye byabaye iherezo by’amakimbirane.
     4. Uzuzurisha buri nteruro ijagambo rivuye mu mwandiko.
     a) Aba bagabo bakeneye …….. kugira ngo amakimbirane yabo ahoshe.
     b) Bwa butegetsi bwa Hitler bwari ubutegetsi bw’……. kuko 
    bwarenganyaga abantu.
     
    IMYITOZO

     4.1.2. Gusoma no  kumva umwandiko
     IGIKORW
    A
     Ongera usome umwandiko “Intandaro n’ingaruka z’amakimbirane” 
    maze usubize ibibazo byawubajijweho. 
    1. Tanga ingero z’ubwoko bw’ibibazo by’ingenzi biboneka mu 
    makimbirane
     2. Andika inkomoko z’amakimbirane.
     3. Tanga uburyo bujyanye n’ingero, ihohotera ryigaragarizamo.
     4. Sobanura uburyo amakimbirane ashobora gukemurwamo.
     5. Ni izihe ndangagaciro zigomba kuranga ukemura amakimbirane.
     6. Ni izihe mpamvu zishobora kubangamira ikemurwa ry’amakimbirane?

     4.1.3. Gusoma no  gusesengura umwandiko
     IGIKORWA

     Ongera usome umwandiko “Intandaro n’ingaruka  z’amakimbirane” 
    maze usubize ibibazo bikurikira:

     1. Vuga  ingingo z’ingenzi ziri muri uyu mwandiko.
     2. Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo?
     3. Mu banyeshuri bamuyeshuri mwigana, mu bana muturanye, hari 
    abigeze kugirana amakimbirane? niba bahari amakimbirane 
    yatewe niki
     4. Umaze kumenya ingaruka z’amakimbirane. Uramutse asanze 
    bagenzi bawe mwigana bagiranye amakimbirane wakora iki?
     
    IV. 2.  Inshinga:  Uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga

     4.2.1. Uturemajambo tw’inshinga iri mu mbundo 
    n’utw’inshinga itondaguye

     IGIKORWA
     Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye hanyuma 
    ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo 
    magambo maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza y’ uturemajambo 
    tw’ibanze tw’inshinga iri mu mbondo n’uturemajambo tw’ibanze 
    tw’inshinga itondaguye. 

    a) Amakimbirane ashobora kuvuka bitewe n’imiyoborere mibi.
     b) Duhange imishinga, turwanye amakimbirane.
     c) Nitubana mu mahoro, tuzagera ku iterambere rirambye.
     
    1. Uturemajambo tw’inshinga iri mu mbundo
     Uturemajambo fatizo tw’inshinga iri mu mbundo ni dutatu :
     -Indanganshinga (Rsh)
     -Umuzi (z)
     -Umusozo (sz)





    a) Indanganshinga (RSH)

     Indanganshinga ni akaremajambo k’inshinga itondaguye kerekana ngenga 
    ibereye inshinga ruhamwa. Ni ko kagaragaza isano ruhamwa ifitanye n’inshinga. 
    Aka karemajambo kaba gahagarariye ukora igikorwa mu nshinga.
     Indanganshinga ni makumyabiri (20): indanganshinnga enye (4) zo muri ngenga 
    ya mbere n’iya kabiri ubumwe n’ubwinshi n’indanganshinga cumi n’esheshatu 
    (16) zo muri ngenga ya gatatu zihagarariye inteko cumi n’esheshatu (16).
     
    Ikitonderwa:
     a) Indanganshinga ya ngenga ya mbere ikoreshwa iyo umuntu yivuga ubwe 
    cyangwa abantu bivuga ubwabo.
     b) Ngenga ya kabiri ikoreshwa iyo umuntu abwira undi cyangwa abandi.
     c) Ngenga ya gatatu ikoreshwa iyo umuntu avuga undi cyangwa abandi, 
    ikindi cyangwa ibindi bintu ikaba yisanisha mu nteko 16.
     d) Mu nteko ya 12 n’iya 14 hari indanganshinga ariko mu by’ukuri zidasimbura 

    ijambo ryo muri izo nteko.

    Urugero: karabaye, karahanyuze, burakeye...
     
    b) Indangagihe (Rgh)
     Indangagihe ni akaremajambo gakurikira indanganshinga kakagaragaza igihe 
    inshinga itondaguwemo. Indangagihe ni: -: iranga indagihe, -za-: iranga 

    inzagihe na -a-(â, aa): igaragaza impitagihe

     Ingero:

    - Agenda: a- ø-gend-a
    - Azagenda: a-za-gend-a
    - Yagiye: (uyu munsi) a-a-gi-ye, (ejo) a-a-gi-ye, (wa mwana) a-aa-gi-ye  a →y      
    /-J
     Iyo indangagihe itagaragaye mu nshinga isimbuzwa -ø- kubera ko indangagihe 
    ari akaremajambo fatizo k’inshinga itondaguye.
     
    Usibye izi ngenantego ndangagihe hari hari  utundi turemajambbo dushobora 

    kugaragara mu nshinga dufite ibindi bisobanuro binyuranye nko guhakana, 

    kugaragaza igikorwa gikomeza, kugaragaza ibikorwa bikurikirana …

     Ingero :
    -ta- : utagenda 
    -ki- : akigenda 
    -o-ka- : wokagenda
    -ra-: aragenda 
    -na-: anagenda 
    -i-ku-: wikwanga
    -ka-: akagenda 
    -i-: wigenda 
    -e-ku-: yekwiba
    -ka-na-: akanagenda 

    -ra-ki-a-: aracyagenda

    Ikitonderwa:- Utwo turemajambo dushobora guhurira mu nshinga imwe zirenze imwe.

     Urugero:

     Utazagenda: u-ta-za-gend-a,

     Ataragenda: a-ta-ra-gend-a

     Aracyanagenda: a-ra-ki-a-na-gend-a- Uturemajambo –i-, -ta-, -e-ku-, -i-ku- zifite inyito yo guhakana mu nshinga.- Akaremajambo -na- ni akaremajambo k’inyibutsacyungo mu nshinga kunga 

    ibikorwa bibiri.

     Urugero: Barabiterura baranabijyana.

     c)  Umuzi

     Umuzi ni akaremajambo shingiro k’ijambo rikenera umusozo. Ni wo shingiro

     ry’inyito y’ijambo. Umuzi ushobora kuba wihagije cyangwa utihagije. Umuzi 

    wihagije ni ushobora gukoreshwa udakurikiwe n’ingereka kugira ngo inyito 

    yawo ibone kuzura. Umuzi utihagije ni ugomba gukenera ingereka kugira ngo 

    inyito yawo ibone kuzura. Ni bene uwo muzi bita intima. Bene iyo mizi itihagije 

    tuzayibona nidusesengura akaremajambo kitwa ingereka mu turemajambo 

    tw’inyongera.

     Kugira ngo ubone umuzi w’inshinga ifite imigemo irenze ibiri, utondagura 

    inshinga mu buryo bw’integeko ugakuraho umusozo.

     Ingero:

     gukora: kor-a

     guteka; tek-a

     kwiga: ig-a…

     Ikitonderwa:
     Hari inshinga cumi n’esheshatu (16) zifite imizi y’imvugwarimwe. Iyo 
    bene izo nshinga zishakirwa imizi bazitondagura mu mpitakare muri 

    ngenga ya gatatu y’ubumwe bagakuraho indangagihe n’umusozo – ye.


    - Hari inshinga zifite imigemo ibiri ariko zikora nk’inshinga zirengeje 

    imigemo ibiri.

     Muri zo twavuga inshinga “gusa” n’inshinga “kuza”. Umuzi w’inshinga gusa ni 

    –s igira impindurantego ya -shush- naho umuzi w’inshinga kuza ni -z-.

     d)  Umusozo
     Umusozo w’inshinga ni akaremajambo gasoza inshinga kakagaragaza irebero 
    ryayo.
     Nk’uko twabibonye mu itondaguranshinga, irebero rivuga imitindire y’igikorwa, 
    imikorerwe cyangwa imirangirire yacyo. Imisozo y’inshinga imwe igaragaza 

    irebero nkomeza, indi ikagaragaza irebero nshize.

     Imisozo igaragaza irebero nshize
     Iyo misozo ni –e na –ye. Iyi misozo igaragaza igikorwa cyarangiye cyangwa 
    ikigomba kurangira.
     
    Umusozo –e

     Umusozo –e ukunze kugaragara cyane mu ntegeko no mu nziganyo.

     Ingero:
     Mukore: mu-ø-kor-e
     Mvuge: n-ø-vug-e (n→m/-v)
     Nige: n-ø-ig-e
     Azagende: a-za-gend-e

     Atahe: a-ø-tah-e

     IMYITOZO
    1. Uturemajambo tw’ibanze tw’inshinga itondaguye ni tungahe? 
    Tuvuge
     2. Vuga amoko y’imisozo n’ibikorwa igaragaza mu nshinga. 
    3. Sesengura inshinga zitsindagiye ziri  mu nteruro zikurikira 
    ugaragaza amazina y’uturemajambo.
     a) Umurisa yashakaga  kunga  ababyeyi be  n’umuturanyi  wabo  mu 
    buryo   bwo kwirinda amakimbirane.
     b) Kaneza yasobanuje mama we ibyerekeranye n’ ubumwe 
    n’ubwiyunge.
     c) Urubyiruko  rwize  uburyo bwo guhosha amakimbirane.

     d) Kutavuga   ukuri   byakuruye  amakimbirane  mu rungo rwabo.

    4.2.2. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku nshiga

     IGIKORWA

    Soma interuro zikurikira maze ugaragaze uturemajambo tw’inshinga 
    zitsindagiye. Umaze kubona uturemajambo, tahura amategeko  
    y’igenamajwi  yakoreshejwe  kugira  ngo tugire  inshinga  nk’uko  tuyifite.  
    Hera kuri ayo  mategeko  y’igenamajwi maze ukore ubushakashatsi 
    utahure amategeko  y’igenamajwi ajyanye  n’umusozo -e,  ajyanye 

    n’umusozo  -ye, ajyanye n’umusoza -aga n’ ajyanye  n’umusozo –a.  

    a) Yakoze akazi ke neza.   
    b) Urye  ibirayi.   
    c)  Mu muco  nyarwanda  bakwaga  inka.
    d) Kabanyana asya  amasaka ku rusyo.


    1. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo –e

    Amategeko y’igenamajwi akoreshwa n’inshinga ni kimwe n’akoreshwa ku 
    bundi bwoko bw’amagambo nk’amazina ariko hari umwihariko inshinga zigira 
    bitewe n’imisozo yazo.

    Amategeko y’igenamajwi ajyana n’umusozo -e ni ayo ku nshinga zifite imizi 

    y’imvugwarimwe ari zo kuba, guca, kujya, kugwa, guha, gusya, gucya, gukwa, 

    kumwa, kunywa, kunnya, gupfa, kurya, gusya, guta no kuva.


     2. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo –ye

     Umusozo –ye ugaragaza igikorwa cyarangiye ni na yo mpamvu ugaragara mu 
    nshinga zitondaguye mu mpitagihe (impitakare n’impitakera).

     Ingero:

     Narize: n-a-ra-ig-ye (a→ø/-J, g+y→z)
     Dukoze: tu- ø-kor-ye (t→d/-GR, r+y→z)

     (Inka) yarabiriye: i-a-ra-bi-ri-ye (i→y/-J)



     3. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo –a
     Umusozo –a ugaragaza ko igikorwa kigikomeza cyangwa ko kitaraba kikaba 
    kizaba. Umusozo a ukoreshwa cyane mu ndagihe, mu nyifurizo, mu ntegeko no 

    mu nzagihe.

     Ingero:
     Mvuga: n-ø-vug-a           n→m/-v
    Ndakora: n-ra-kor-a      r→d/n
    Nzakora: n-za-kor-a
     Mpa (ikaye): ø- ø-n-ha-    n→m/-h, mh→mp mu myandikire, a→ø/-J
    Akivuga: a-ki-vug-             

     Murakarama: mu-ra ka-ram-a


     4. Amategeko y’igenamajwi akoreshwa ku musozo –aga
     Umusozo –aga ugaragaza igikorwa cyakorwaga mu gihe kirekire mu gihe 

    cyashize; ugaragaza akamenyero mu gihe cyahise.

     Ingero:
     Narakoraga: n-a-ra-kor-aga
     Yarigaga: a-a-ra-ig-aga (i→ y/-J, a→ ø/-J)
     Narasyaga : n-a-ra-se-aga (e→ y/-J)
     Naravugaga: n-a-ra-vug-aga
     Narandikaga: n-a-ra-andik-aga (a→ ø/-J)

     Nabonaga: n-a-bon-aga…


     IMYITOZO
    Sesengura inshinga zitsindagiye ziri  mu nteruro zikurikira ugaragaza 
    uturemajambo twazo n’amategeko  y’igenamajwi.

     a) Abe inyanngamugayo.
     b) Kamana  yatetse ibiryo  byinshi none byanze gushira.
     c) Abana baryaga ibiryo  bifite intungamubiri.

     d) Tuzage  twanga  amakimbirane.

    Mahoro ni umwana w’umukobwa uri mu kigero k’imyaka cumi n’ine. Uyu 
    mukobwa afite ubwiza bw’umubiri n’ubwiza bw’umutima, yubaha abasaza, 
    abakecuru n’abakambwe ataretse abo aruta n’abamuri imbere mu kigero 
    ke. Mahoro ahora atuje, aho anyuze hose bakavuga ngo: “Dore wa mukobwa 
    wa naka.” Umubyeyi wese ushaka gutanga urugero rw’umukobwa ubereye u 
    Rwanda avuga Mahoro. Uyu mukobwa yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri 
    yisumbuye, ni umuhanga kandi ubuhanga bwe abusangiza bagenzi be abafasha 
    kumva amasomo bamwe batasobanukiwe. 

    Umunsi umwe atashye avuye ku ishuri, Mahoro ahura n’umuhungu utuye 

    hakurya y’iwabo wigize ikiraramisagara unywa urumogi n’ibiyoga by’ibikora
    no kandi w’umunyarugomo bahimbye Goriyati kuko yabyirukanye ikivumba 
    n’imbaraga. Goriyati atangira kumuganiriza. 

    Goriyati (asuhuze Mahoro): Komera Maho! 

    Mahoro (yikirize): Komera nawe! Amakuru y’iminsi? 
    Goriyati: Ni meza, ariko kwiga byo byanteye ku butaka, ababyeyi barananiye.

    Mahoro:
    Muvandimwe, nge mbona icyabiguteye ari ukuryoherwa no gukorera 
    amafaranga no gukunda akayoga. Goriya, guta ishuri ni umuziro mu kinyejana 
    tugezemo. Utiga ubu azabaho ate? Kera abapfobyaga uburezi baravugaga ngo: 
    “Umurimo ni uguhinga ibindi ni amahirwe!” Ubu nta masambu, nta zahabu 
    zindi dufite zitari ukugana ishuri, tukiga dushishikaye. 

    Goriyati:
    Wowe urivugira ntuzi ibibazo nahuye na byo! Iwacu baranywa 
    bagasinda bakarara barwana bwacya bakambuza kujya kwiga bakanyima 
    n’ibikoresho by’ishuri. None nahisemo kurireka. Nge nzashakisha ubundi 
    buzima ibyo kwiga ashwi! Ahubwo reka twigire mu bindi. 

    Mahoro:
    Ibindi bihe se ko iki kiganiro cyari ingenzi, waretse ngakomeza 
    kuguhanura. 

    Goriyati:
    Reka mwana! Sinakomeza kuganira nawe ntabanje kukubwira uko 
    nakubonye. Uri ihoho, uri ihogoza… Burya iyo ugenda abo unyuzeho bose 
    bagira amerwe bifuza kukumira bunguri! Abenshi bakuziho kuribora kugera 
    aho ubugondo bugera ingwe. Ikindi, dore watangiye gusesa uruheri mu maso 
    kandi nta muganga wundi waguha urukingo cyangwa umuti uretse nge! 

    Mahoro:
    Mwana wa mama, niba ugenzwa n’ayo magambo yuzuyemo uburyarya 
    n’ubutamenya, nta cyo bizakugezaho. Iby’ibiheri mfite mu maso ikibitera ndakizi 
    ni imihindagurikire y’umubiri w’umuntu; twabyize mu isomo ry’Ibinyabuzima. 
    Naho ubwiza uvuga ntibunaribwa, kandi wanahiriwe ukagira ubwo bwiza 
    ntiwakwigira indakoreka cyangwa ngo wishing abadafite ibitekerezo byubaka 
    n’umurongo w’ikerekezo kiza k’ejo hazaza. 

    Goriyati (yegere gato Mahoro)
    : Nge ibyo by’ibyerekezo sinzi iyo bigana, 
    ahubwo reka nkubwire. (ase numwegera, amwongorera) Nakwifuje kuva kera 
    none nagira ngo ungerere ku ngingo disi hogoza ryange! 

    Mahoro (asa n’ukutse umutima, yirasa ajya imbere nk’umwambi atabaza)

    Murantabare Mwokagira Imana mwe, murankize iki kirara! (Mahoro afumyamo, 
    umuhungu amwoma inyuma, uwo mwana w’umukobwa yigiye imbere ahura 
    n’abaporisi bari mu kazi ko gucunga umutekano, baramutangira, bamusobanuza 
    impamvu yirukaga amasigamana.) 

    Abaporisi (base n’abikanze gato)
    : Eee! Mukobwa, genda buhoro, hagarara, 
    shyitsa umutima hamwe, tuza nkubwire. 
    Mahoro (akijya gutangira kuvuga abona cya kirara ngicyo, avugana ijwi 
    rirenga): Dore unyirukankana, muramenye atabacika! 

    Abaporisi: Eee! Hagarara sha! 

    Mahoro: Ahuuu! Nari mfuye, murakoze rwose. Uyu muhungu yashakaga 
    kumfata ku ngufu. 

    Abaporisi
    : None se sha, iyi ngeso wayize ryari? Wa muhungu we ntuzi ko ibintu 
    birebana n’ihohoterwa iryo ari ryo ryose bihanirwa? 

    Goriyati
    : Ndabinginze bantu b’Imana kandi ndasaba imbabazi mbikuye ku 
    mutima, sinzongera. (Ba baporisi bahite bashaka umukuru w’umudugudu 
    bakoranya abaturage bakorana na bo inama y’igitaraganya.) 

    Umuporisi
    : Baturage b’Umudugudu wa Butangampundu, tuzi ko muri 
    inyangamugayo ndetse n’igihe cyose tumaranye twashimaga ikinyabupfura 
    mwatoje abana banyu, none nimutubwire, ibirura nka Goriyati uyu ni mwe 
    bivukamo? 

    Umuturage
    : (ahaguruke asubize): Uwo ni mwene Nyarudindiri hakurya hano, 
    turamuzi. N’ababyeyi b’uyu muhungu si shyashya. Imyitwarire n’imibanire mibi 
    byabo ni byo bimutera kwishora mu bikorwa by’urugomo. 

    Umuporisi:
    Baturage, mumenye ko ihohoterwa ari ibikorwa cyangwa 
    imyitwarire bigamije kugirira umuntu nabi byaba ibishingiye ku gitsina, ku 
    bitekerezo (guhoza ku nkeke) no ku mutungo. Ikiremwa muntu kigomba 
    kubahwa, buri muntu agahabwa agaciro. Muri iki kinyejana cy’umuvuduko 
    w’ikoranabuhanga n’iterambere, abari bakimitse ya mvugo ngo: “Igitsina gore 
    ni insina ngufi”, bayicikeho. 

    Goriyati
    : (avuga atakamba, asaba imbabazi): Imbere y’iyi mbaga, ndatakamba 
    nsaba imbabazi Mahoro namwe babyeyi. Ingeso nk’iyo nari ngiye gukinisha 
    mpohotera Mahoro, niyemeje kutazongera guhirahira nyisubira. 

    Umuporisi:
    Baturage, gusaba imbabazi birakwiye, reka tubyemere, ariko 
    se uzisabwa we ntitwamutega amatwi? (Umuporisi abaze Mahoro) Maho, 

    ushobora kubabarira Goriyati? 

    Mahoro: (atwenga): Ndamubabariye, ntazongere gushaka gukoza isoni uwitwa 
    igitsina gore ndetse n’undi wese kandi bibe ubwa mbere n’ubwa nyuma. 

    Umuturage: (bavugire rimwe ari benshi): Ugaruye ubumuntu sha! Kuba usabye 

    imbabazi ni ubutwari, uramenye ntuzongere nyagucwa ibintu byarahindutse! 
    Mahoro na we igihe cyose ubonye uwashaka kuguhohotera ntugomba 
    kubiceceka; byaba ngombwa bikabwirwa inzego z’ubuyobozi zibishinzwe, 

    icyaha kigahanwa hakurikijwe uko amategeko abiteganya. 

    Umuporisi: (basoza inama): Baturage, turabibutsa ko Abanyarwanda twese 
    aho tuva tukagera tugomba kurangwa n’umuco mwiza w’amahoro. Uwo 
    mubonye ahirahira kugira uwo ahohotera mugatangira amakuru ku gihe. 
    Mugomba kwatura mukabimenyesha inzego zibishinzwe amazi atarenga 
    inkombe. Ni ngombwa kandi kwirinda ibiyobyabwenge no gukura abana 
    mu ishuri, mukirinda amakimbirane kuko ari bimwe mu bitera ihohoterwa. 
    Nimugire amahoro kandi muyasohoze n’imuhira, murakoze. (Bose bishimye 

    basezeranaho barataha.)

     4.3.1. Gusoma no gusobanura umwandiko
     IGIKORWA
     Soma umwandiko “Yahabaye intwari”, ushakemo amagambo udasobanukiwe 
    hanyuma uyasobanure ukurikije inyito afite mu mwandiko wifashishije 

    inkoranyamagambo.

    IMYITOZO

    1.Simbuza amagambo atsindagiye ari muri izi nteruro andi 
    bihuje inyito dusanga mu mwandiko. 
    a) Ubwangavu bwateye Mahoro gusesa ibishishi mu maso. 
    b) Mahoro yashakaga gukomeza kugira inama Goriyati. 
    c) Yewe! Kwiga bisa n’aho byananiye burundu

    d) Uyu muvandimwe umira adakanjakanje afite ikibazo cy’amenyo. 

    2. Uzurisha izi nteruro amagambo ukuye mu mwandiko 
    a) Uwariboye cyane bavuga ko yariboye kugera...... 
    b) Iyo bashaka kuvuga umuntu w’ihoho, mwiza cyane bavuga ko 
    ari....... 
    c) Iyo umuntu agiye gusagarirwa afatwa ku ngufu bavuga ko agiye 

    gukorerwa ihohoterwa....... 

    4.3.2. Gusoma no kumva umwandiko
     IGIKORWA
    Ongera usome umwandiko “Yahabaye intwari”, hanyuma usubize ibibazo 
    byabajijweho.

     1. Tanga impamvu yatumye Goriyati ata ishuri. 
    2. Amagambo Goriyati abwira Mahoro ko ari wo muti w’ibishishi 
    afite ishingiro? Sobanura. 
    3. Ni iki kerekana ko Mahoro ari umukobwa wihagazeho mu ishuri 
    no mu muryango nyarwanda? 
    4. Sobanura ihohoterwa icyo ari cyo, unagaragaze ibiritera bivugwa 
    mu mwandiko. 
    5. Abaporisi bafite nshingano ki muri rusange? 
    6. Erekana igikorwa kibi Goriyati yakoze uvuge n’ikindi kiza yaje 

    gukora nyuma. 

    4.3.3. Gusoma no gusesengura umwandiko
     IGIKORWA
     Ongera usome umwandiko “Yahabaye intwari”, hanyuma usubize ibibazo 
    byabajijweho.

     1. Ni iyihe nsanganyamatsiko ivugwa mu mwandiko? 
    2. Tanga ingingo z’ingenzi n’iz‘ingereka usanga mu mwandiko. 
    3. Uhereye ku mateka, sobanura ibindi bikorwa ndengakamere 
    by’ihohoterwa byabaye mu Rwanda. 

    4. Uyu mwandiko ugusigiye irihe somo? 

    IV.4.  Inshinga : Uturemajambo tw’inshinga twungirije
     4.4. 1. Akano, impakanyi n’indangacyuzuzo
     IGIKORWA
    Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye hanyuma 
    ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo 
    magambo maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza n’ubwoko 
    by’uturemajambo tw’inshinga twugirije ni ukuvuga uturemajambo 
    tutari  indanganshinga, indangagihe, umuzi n’umusozo. Sobanura utwo 
    turemajambo, utanga ingero z’inshinga turimo.

     
    a) Nimushyire ibitabo by’inkuru ndende kuko  akunda kubisoma.

     b) Ntidukore  nabi mutabura ibihembo byanyu.
     
    1. Inshoza y’uturemajambo twungirije

     Uturemajambo twungirije ni uturemajambo dushobora kugaragara mu nshinga 
    iyo bibaye ngomwa kugira ngo tuyihindurire inyito. Bene utwo turemajambo 
    iyo tutagaragaye ntidusimbuzwa umubumbabusa (ø). 

    2. Ubwoko bw’uturemajambo twungirije

    Uturemajambo twungirije ni akano, impakanyi, indangacyuzuzo n’ingereka. 

    Muri iri somo turibada  ku kano, ku mpakanyi no ku ndangacyuzuzo.

     a) Akano (KN/TN)
     Akano ni akaremajambo kaza imbere y’indanganshinga. Hari bamwe bakita 
    mbanza, imbanzirizangenga, imbimburiranteko, interuranteko cyangwa 
    inyomekwambere. Izi nyito zose zihuriye ku kuba zerekana ko aka karemajambo 
    gafata umwanya w’imbere. Utuno rero turimo amoko atatu: akaziganya, 

    agategeka (ni) n’agahakana  (si  na nti).

     Akano ni- (akano kaziganya kakanategeka)
     Akano ni-  gakoreshwa iyo bateganya (kagira isaku   nyejuru) cyangwa bategeka 
    (kagira   isaku nyesi).
     Nibasora :   ni-ba-ø-sor-a                                         ( akano ni kaziganya)
     Nubabona : ni-u-ø-ba-bon-a    i→ø/-J;              ( akano ni  kaziganya)

     Nimubikore : ni-mu-ø-bi-kor-e                              ( akano ni gategeka)

    Akano si- (akano gahakana)
    Akano si- gakora muri ngenga ya mbere y’ubumwe mu guhakana.
     
    Ingero :

     Sinumva : si-n-ø-umv-a
     Sinzakwa (iriya shashi) : si-n-za-ko-a      o→w/-J

    Akano nti- (akano gahakana)

    Akano nti: gakoreshwa mu guhakana muri ngenga zose usibye iya mbere 

    y’ubumwe.

     Ingero:
    Ntimwariye: nti-mu-a-ri-ye                                                     u→w/-J
    Ntituziba (imisoro): nti-u-za-ii-reng-ag-ir-y-e      i→ø/-J;         a→ø/-J;  r+y→z             
    Ntuzirengagize (amahoro): nti-u-za-ii-reng-ag-ir-y-e      i→ø/-J;         a→ø/-J; 
    r+y→z
     
    b) Impakanyi
     Impakanyi ni akaremajambo gahakana ingingo ibumbiye mu nshinga.
     Impakanyi ni –ta-, -i- na –i-ku-.
     Impakanyi -ta- 
    Impakanyi –ta- ni yo ikoreshwa muri rusange.

     Ingero:   

    Kutiga (ni bibi):  ku-ta-ig-a             a→ Ø/-J
     Nimudakorana (umwete muzagawa):  ni-mu-ta-Ø-kor-an-a        t→d/-GR

    Impakanyi -i

    Impakannyi -i- ikoreshwa mu ntegeko ihakana ari yo bita intarengwa. 
    Impakanyi -i- ikoreshwa iyo umuzi w’inshinga utangiwe n’ingombajwi.

    Ingero:   

    Wikinira (umupira mu busitani):  u-i-Ø-kin-ir-a       u→w/-J
    Mwivuga (ururimi tutumva):  mu-i-Ø-vug-a               u→w/-J
     Impakanyi -i- igira impindurantego -i-ku- ikoreshwa iyo umuzi w’inshinga 

    utangiwe n’inyajwi. 

    Ingero:  
    Wikwandika (amakosa):  u-i-ku-Ø-andik-a ,  u→w/-J
     Mwikwambara (imyenda y’ishuri mutoze):  mu-i-ku-Ø-amb-ar-a, u→w/-J
     
    Ikitonderwa: Mu rwego rw’uturemajambo nti na si ni mbanza si impakanyi.


    c. Indangacyuzuzo/ Inyibucyacyuzuzo/ Indangasano y’icyuzuzo 

    (RUZ/RSUZ)

    Indangacyuzuzo ni akaremajambo kajya mu nshinga kagasimbura kandi 
    kakibutsa icyuzuzo k’iyo nshinga. Kibutsa ngenga cyangwa inteko by’ijambo 
    ribereye inshinga icyuzuzo. Indangacyuzuzo ziri ukubiri:  hari indangacyuzuzo 

    zisanzwe n’indangacyuzuzo ngaruka.

    Indangacyuzuzo zisanzwe
    Indangacyuzuzo zisazwe ziboneka muri ngenga zose no mu nteko cumi 

    n’esheshatu.




    -Indangacyuzuzo ngaruka
     Indangacyuzuzo ngaruka ni –ii-  na -iy-. Indangacyuzuzo ngaruka -ii- ikorana 
    n’inshinga zifite imizi itangirwa n’ingombajwi. Indangacyuzuzo ngaruka -iy-  

    ikorana n’inshinga zifite imizi itangirwa n’inyajwi


     UMWITOZO
    1. Garagaza intego z’inshinga zitsindagiye  n’amategeko y’igenamajwi.
     a) Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.
     b) Wituma ibyo bikoresho  mu mahanga kuko mu Rwanda tubikora.
     c) Nuhura na Petero uzanabimwibutse.
     d) Uzahagere bidatinze.
     e) Ndishimye kuko uri kumwe n’umugobo ukomeye. n- ra-ii-shim-ye  

    r→d/n- , a→ø/ -J

    4.4. 2.  Uturemajambo tw’inshinga twungirije: Ingereka (GRK)
     IGIKORWA
     Soma interuro zikurikira witegereza amagambo atsindagiye hanyuma 
    ugaragaze intego z’ayo magambo atsindagiye. Hera ku ntego z’ayo 
    magambo maze ukore ubushakashatsi utahure inshoza n’ubwoko 
    bw’ingereka zikorana n’inshinga.
     a) Twakoranaga umurava tukiri bato.
     b) Ntimwihingire nabi mutarumbya.
     c) Amakimbirane yo mu muryango aterwa no kudashyira imbere 
    ibiganiro.

     d) Ntimutererane ababagana bifuza ko mubagira inama.

     Inshoza y’ingereka
    Ingereka ni akaremajambo kajya hagati y’umuzi n’umusozo by’inshinga 
    kakayizanira ingingo nshya. Iyo umuzi wiyunze n’ingereka bibyara igicumbi 

    gishya kikitwa intima.

    Ingereka zirimo ibyiciro bibiri:  Ingereka zihora zibanziriza izindi n’ingereka 

    zifata umwanya ubonetse wose.

     a) Ingereka zihora zibanziriza izindi
    Ingereka nsubira

     Izi ngereka ziha inshinga inshoza y’igikorwa kisubiramo inshuro zirenze imwe.


    Ingereka ngirura/ ngiruka

    Ingereka ngirura ni igereka iha inshinga inyito ibusana n’ibumbatiwe n’umuzi.

    Ingereka ngirura/ngiruka n’ingero z’inshinga:


    Ingereka z’inyabune
    Ingereka z’inyabune ni uturemajambo dukunda kugendana ari tune zikiyomeka 
    ku muzi utihagije/udafite inyito yumvikana. Iyo mizi igira inyito iyo yiyunze 
    n’ingereka z’inyabune.   Ingereka z’inyabune zishobora kugenda ari enye, eshatu 

    cyangwa ebyiri

     Imwe mu mizi itihagije ikoresha ingereka z’inyabune ni  iyi ikurikira: -han-,  

    -ramb-, -hir- -ter-,   -cuk-, -hag-;-bamb-*-; -eg-; -j


    - Ingereka ngirika
     Ingereka ngirika ivuga ko igikorwa kibumbatiwe n’igicumbi k’inshinga 

    gishoboka cyangwa se kitaruhanyije kugerwaho.


    b) Ingereka zifata umwanya ubonetse wose.- 
    Ingereka ingirana: -an
    Ingereka ngiranna ifite ingingo y’ibanze yo gukorera icyarimwe.
     
    Ingero:

    Gukundana: ku-kund-an -a
    Gukorana: ku-kor-an-a                      k→ g/-GR- 
                              Ingereka ngirira: -ir
    Ingerka ngirira ingingo y’ibanze ni ugukora mu mwanya w’undi.
     
    Ingero:

    Gukinira: ku-kin-ir-a                          k→ g/-GR
    Gukorera: ku-kor-ir-a                        k→ g/-GR            i→ e/Co-  - 
                                   Ingereka ngirisha: -ish-/-sh
    Ingereka ngirisha igira inyito y’ibanze ni ukwifashisha ikintu ukora ikindi.
     Ingerka -sh- ikorana gusa n’imizi y’imvugwarimwe mu gihe ingereka -ish- 

    ikorana n’imizi isanzwe.

     Ingero:
     Guhingisha: ku-hing-ish-a                 k→ g/-GR
     Gukosha: ku-ko-sh-a                           k→g/-GR- 

                          Ingereka ngiza: -y-

    Ingereka ngiza igira inshoza y’ibanze yo gutera ikintu kubaho cyangwa 

    kubitegeka.

     Ingero:
     Gukubuza: ku-kub-ur-y-a                  r+y→ z     k→ g/-GR
     Kubyaza: ku-byar-y-a                           r+y→ z     k→ g/-GR
                                Ingereka ngirwa: -w-/-bw
    Ingereka ngirwa yerekeza amaherezo y’igikorwa kuri ruhamwa aho kuyerekeza 

    ku cyuzuzo. 

    Ingereka -bw- ikorana n’imizi y’imvugwarimwe mu gihe ingereka -w- ikorana 
    n’imizi isanzwe.

     

    Ingero:
     Gukubitwa: ku-kubit-w-a                   k→ g/-GR
     Kwigwa: ku-ig-w-a                               u→ w/-J
     Gukobwa: ku-ko-bw-a                        k→ g/-GR

     Gutabwa: ku-ta-bw-a                          k→ g/-GR

    IMYITOZO

     1. Tahura inshinga ziri mu nteruro zikurikira, ugaragaze intego zazo 
    n’amategeko y’igenamajwi.
     a) Muzamumbwirire rwose ntazampemukire.
     c) Wikwikorera ibyo bintu byose utavunika.
     d) Witumiza ibintu mu mahanga.
     e) Nubona na Kabanyana uzanabimwibutse.

     f) Uzahampingishirize bidatinze.

    2. Kora interuro irimo inshinga itondaguye igaragamo  uturemajambo 
    twose uko ari umunani. Sesengura iyo nshinga ugaragaze uturemajambo 

    twayo  maze uvuge amazina yatwo.

     IV.5. Umwitozo w’ubushobozi ngiro bw’umunyeshuri
     Ugendeye ku mabwiriza agenga ihangamwandiko, hanga umwandiko 
    ntekerezo  w’imrongo mirongo itatu, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Gukumira 
    amakimbirane ni imwe mu ngamba zo kugera ku iterambere rirambye”
     
    Ubu nshobora:

     -Gusoma neza nubahiriza utwatuzo n’isesekaza. 
     -Gusesengura umwandiko ngaragaza ingingo z’ingenzi ziwukubiyemo. 
     -Gukoresha mu nteruro amagambo nungutse. 
     -Gusobanura intandaro y’amakimbirane n’uburyo bwo kuyakumira
     -Gusesengura inshinga itondaguye agaragaza uturemajambo n’amategeko 
    y’igenamajwi 

    Ubu ndangwa:

     No gukemura amakimbirane aho nahura nayo hose.

     No kwimakaza umuco w’amahoro.  

    IV. 6. Isuzuma risoza umutwe wa kane
     Umwandiko: Gukumira no kurwanya jenoside

     
    Iri jambo “jenoside” ryakoreshejwe bwa mbere mu 1944 igihe habaga 
    amarorerwa yibasiye Abayahudi i Burayi. Jenoside rero ryahawe ubwicanyi 
    ndengakamere bugamije kurimbura imbaga y’abantu bafite icyo bahuriyeho 
    gishobora kuba: ubwoko, idini, akarere, isura, ibara ry’uruhu, igitsina, 
    ubwenegihugu, inkomoko, ururimi, ibitekerezo bya poritiki n’ibindi, hashyirwa 
    mu bikorwa umugambi uba warateguwe. Icyo cyaha kidasanzwe cyashyizwe 
    mu mategeko mpuzamahanga mu 1948 nk’icyaha gitandukanywa n’ibindi 
    byaha by’ubwicanyi kubera umugambi n’ubushake bwo kurimbura abantu 
    bazira icyo bari cyo. Jenoside itegurwa na Leta kuko ari yo yonyine ifite uburyo 
    n’ubushobozi bwo gufata ikemezo cyo kurimbura itsinda ry’abantu. Mu bihe 
    bisanzwe, uwafata icyo kemezo Leta itabishyigikiye yamuhagarika ikarengera 
    abaturage ishinzwe kurinda. Jenoside ni icyaha kidasaza, gihanirwa aho ari ho 
    hose ku isi. Umuntu yakwibaza ati: “Jenoside ishoboka ite? Ni izihe ngamba 
    zafatwa mu kuyikumira no kuyirwanya?”

    Hari abashakashatsi banyuranye banditse kuri jenoside, ariko hano turavuga 

    ku mushakashatsi Geregori Sintato (Gregory Stanton). 

    Mu gitabo ke yise “What is genocide?”, umushakashatsi ku bumenyi bwa 

    jenoside n’uburyo bwo kuyirwanya, Geregori Sintato (Gregory Stanton) 
    ukomoka muri Amerika ni we washyize ahagaragara intambwe zinyuranye 
    jenoside inyuzwamo kugira ngo ishoboke. Ni ngombwa kumenya ibiranga buri 
    ntambwe kugira ngo umenye uko wayikumira n’uko wayirwanya.

    Mbere ya byose, abategura jenoside batandukanya abaturage, bakabacamo íbice 

    bibiri «Twe» na «Bo» bagendeye ku bwenegihugu, ubwoko, inkomoko cyangwa 
    imyemerere. Muri iki gikorwa, abategura jenoside bagerageza kumvisha 
    abaturage ko kubacamo ibice nta cyo bitwaye kandi ko nta ngaruka bifite. Ariko 
    mu by’ukuri bo baba bazi impamvu yabyo n’icyo bashaka kuzageraho.

    Nyuma yo gucamo abaturage ibice, buri tsinda rihabwa izina ryihariye, 

    rikagenderwaho babatandukanya n’abandi badahuje itsinda. Ibi 
    bigashimangirwa

    n’inyigisho z’urwango zirushaho gutandukanya amatsinda yombi, kugeza ubwo 

    itsinda ryibasiwe rifatwa nk’umwanzi mu muryango ribarizwamo.

    Nyuma yo gutandukanya amatsinda no kuyaha amazina yihariye kuri buri tsinda, 

    itsinda ryibasiwe ritangira kwamburwa ubumuntu, abarigize bakagereranywa 
    n’ibikoko.

    Ku rwego rwa kane, abategura jenoside barangwa n’ibikorwa bitandukanye 

    bitegura ishyirwa mu bikorwa ryayo. Hategurwa hakanigishwa abazayikora, 
    hagashakwa ibikoresho bizifashishwa.

    Ku rwego rwa gatanu, abategura jenoside batangira kwibasira abatagira aho 

    babogamiye, batabyumva kimwe na bo; kugira ngo bitazababuza gushyira mu 
    bikorwa umugambi wabo wa jenoside.

    Hakurikiraho kugaragaza abagomba kwicwa, hagakorwa urutonde rwabo. 

    Nyuma yo gukora urutonde rw’abagomba kwicwa, hakurikiraho kubica 
    hagamijwe kumaraho abagize itsinda runaka.

    Nyuma yo gushyira mu bikorwa jenoside, iteka abayikoze ntibaba bemera 

    ibyaha bakoze. Nibwo usanga barangwa no guhakana ibyabaye, bagahisha ukuri, 
    bakibasira abatangabuhamya n’ibindi byose bagamije kuburizamo ibimenyetso 
    bituma umugambi wabo umenyekana n’uburyo wateguwe.

    Kugira urukundo rwa mugenzi wawe no kumva ko abantu ari ibiremwa 

    by’Imana ni yo ntwaro ya mbere yo kwirinda no gukumira jenoside. Ni 
    ngombwa kwamagana ubuyobozi bucamo abaturage ibice bubumvisha ko atari 
    bamwe. Mu mategeko ahana ya buri gihugu, hakwiye gushyirwamo itegeko 
    rihana umuntu wambura mugenzi we ubumuntu amwitiranya n’inyamaswa 
    cyangwa amuha andi mazina agamije kumutesha agaciro. Abayobozi b’igihugu 
    n’ab’imiryango mpuzamahanga bakwiye kwamagana no guhana ababiba 
    inzangano n’amacakubiri babicishije mu biganiro mbwirwaruhame no mu 
    bundi buryo bunyuranye bw’isakazamakuru.

    Mu kurwanya jenoside, Umuryango w’Abibumbye “UN” ugomba gukumira 

    igurwa ry’intwaro ku bihugu no ku baturage bagaragaweho umugambi 
    mubisha wa jenoside bakanafatirwa ibihano mpuzamahanga. Ni ngombwa 
    kandi gutangaza ibihugu byagaragaweho itegurwa rya jenoside no gushyiraho 
    ingabo mpuzamahanga zo gutabara mu maguru mashya abibasiwe na jenoside. 
    Birakwiye kandi guca umuco wo kudahana, abakoze jenoside bagacirwa imanza 
    aho baba baherereye hose.

    Muri make uruhare rwa buri muntu mu gukumira no kurwanya jenoside 
    ni 
    ukwamagana abagifite ingengabitekerezo ya jenoside no guhana 
    abayitsimbarayeho.

    Kurangwa n’imitekerereze, imyumvire, imikorere n’imyitwarire izira ivangura 

    iryo ari ryo ryose mu bikorwa bya buri munsi, twubahiriza uburenganzira bwa 
    muntu bwo kubaho, kumvwa no gukemurirwa ibibazo no kwemera ibitekerezo 
    bitandukanye.

    Ni ngombwa kandi gutoza abana n’abo tubana kubahiriza uburenganzira 

    bw’abandi no kwirinda ivangura n’amacakubiri aho ava akagera.

    Bifatiye ku bya Geregori Sintato (Gregory Stanton), 1944, What is genocide?

     
    I. Ibibazo byo kumva no gusesengura umwandiko
     1. Jenoside ni iki?
     2. Intambwe jenoside inyuramo kugira ngo igerweho ni zingahe? Zivuge 
    uzikurikiranyije.
     3. Vuga nibura uburyo butatu bwo gukumira jenoside bugaragara mu 
    mwandiko.
     4. Ni iyihe nama wagira buri muntu mu rwego rwo kwirinda no kurwanya 
    jenoside?
     5. Garagaza uburyo bunyuranye bwo gukumira no kurwanya jenoside 
    butavuzwe mu mwandiko.
     6. Garagaza ingingo z’ingenzi zivugwa muri uyu mwandiko.
     
    II. Ibibazo by’inyunguramagambo
     1. Sobanura amagambo akurikira:
     a) Ubumuntu 
    b) Guta agaciro
     c) Umugambi mubisha
     d) Guhana umugambi
     2. Koresha amagambo akurikira mu nteruro ku buryo wumvikanisha 
    icyo asobanura: ubumuntu, kwibasira, agaciro.
     3. Simbuza amagambo atsindagiye impuzanyito zayo ziri mu mwandiko.
     a) Ni ngombwa gutabara abantu bibasiwe na jenoside bidatinze.
     b) Mudacogora yaboneranywe n’abajura.
     
    III. Ikibonezamvugo 
    1. Inshinga isanzwe itondaguye igira uturemajambo tw’ibanze tungahe? 
    Tuvuge.
     2. Erekana uturemajambo twungirije inshinga igira? Ese inshinga 
    itondaguye igira uturemajambo tungahe? Andika amazina yatwo.
     3. Hari ubwoko bungahe bw’ingereka mu nshinga itondaguye? 
    4. Sesengura inshinga itondaguye ugaragaza amazina y’uturemajambo 
    n’amategeko y’igenamajwi yakoreshejwe.
     a) Kamanzi ati: “Mu bucuruzi bwange, nkoresha abantu benshi”.
     b) Ese Petero arakishonjesha iyo bamubwiye kujya mu mirimo isaba ingufu 
    c) Za ngabo zaracumbukuye, ubu zigeze hakurya ya Nyabarongo.
     d) Kera Abanyarwanda bamesheshaga imigwegwe. Ese ubu baracyakora batyo?

    UNIT 3: UBUZIMA BW’IMYOROROKEREUNIT 5: KUBUNGABUNGA IBIDUKIKIJE